Categories
Hozeya

Hozeya 11

Abisiraheli ntibitabiriye urukundo rw’Uhoraho

1 Uhoraho aravuga ati:

“Isiraheliakiri umwana naramukundaga,

uwo mwana wanjye naramuhamagaye ngo ave mu Misiri.

2 Nyamara uko narushagaho kumuhamagara,

ni ko yarushagaho kumpunga.

Ibigirwamana Bāli yabitambiraga ibitambo,

yoserezaga imibavu amashusho yasengaga.

3 Efurayimu ari we Isiraheli, ni jye wamwigishije kugenda.

Namufataga ukuboko agatambuka,

nyamara ntiyamenya ko ari jye umwitaho.

4 Naramwiyegereje nkoresheje impuhwe n’urukundo,

namutuye umutwaro yari ahetse ndamugaburira.

5 “Abisiraheli ntibazasubira mu gihugu cya Misiri,

ahubwo umwami wa Ashūru ni we uzabagenga,

koko banze kungarukira.

6 Hazaba intambara mu mijyi yabo,

ibihindizo by’amarembo yayo bizavunagurika,

intambara izabatsemba kubera imigambi yabo mibi.

7 Ubwoko bwanjye bwiyemeje kundeka!

Nubwo bantakambira, jyewe Usumbabyose,

nta n’umwe nzakiza.

8 “Mwa Befurayimu mwe, mbese mbagenze nte?

Mwa Bisiraheli mwe, ese koko mbareke?

Mbese mbarimbure nk’uko narimbuye umujyi wa Adima?

Ese mbarimbure nk’uko narimbuye i Seboyimu?

Umutima wanjye ntiwankundira kubagirira bene ibyo,

impuhwe mbagirira ni nyinshi cyane.

9 Sinzakurikiza uburakari bwanjye bukaze.

Mwa Befurayimu mwe, sinzagarurwa no kubarimbura,

erega ndi Imana sindi umuntu!

Jyewe Umuziranenge mba hagati muri mwe,

sinzabarakarira.

10 Jyewe Uhoraho nzatontoma nk’intare,

nintontoma abajyanywe ho iminyago bazankurikira,

abana banjye bazakangarana bansange bavuye iburengerazuba.

11 Bazakangarana bansange bavuye mu Misiri,

bazaza bihuta nk’uruhūri rw’inyoni,

bazava no mu gihugu cya Ashūru bihuta nk’inuma,

nzongera kubatuza mu mazu yabo.”

Uko ni ko Uhoraho avuga.

Categories
Hozeya

Hozeya 12

Ibinyoma by’Abisiraheli ni akarande

1 Abefurayimu ku mpande zose barambeshya,

abo Bisiraheli barandyarya,

nyamara Abayuda bo baracyayoboka Imana,

baracyari indahemuka ku Mana nziranenge.

2 Abefurayimu bakurikira ibitagira umumaro,

birirwa biruka inyuma y’ibibateza akaga,

bahora bagwiza ibinyoma n’urugomo,

bagirana amasezerano n’Abanyashūru,

nyamara bahakwa ku Banyamisiri babatura amavuta y’iminzenze.

3 Uhoraho afite ibyo ashinja Abayuda,

azahana abakomoka kuri Yakobo abahora imigenzereze yabo,

azabitura ibibi bakoze.

4 Yakobo akiri no mu nda yaryamiye gakuru,

amaze no gukura yakiranye n’Imana.

5 Yakiranye n’Umumarayika aramutsinda,

Yakobo ararira amusaba imbabazi.

I Beteli ni ho Yakobo yabonye Imana,

aho ni ho Imana yavuganiye natwe.

6 Uhoraho ni we Mana Nyiringabo,

Uhoraho ni ryo zina yibukirwaho.

7 Noneho mwa bakomoka kuri Yakobo mwe,

nimugarukire Imana yanyu,

nimujye mugira imbabazi n’ubutabera,

mujye muhora mwiringiye Imana yanyu.

Andi magambo y’urubanza ku Bisiraheli

8 Abacuruzi banyu bibisha iminzani,

bakunda kwiba abaguzi.

9 Abefurayimu baravuga bati:

“Erega twarikungahaje twironkera ubukire,

ibyo twagezeho byose ni uko twiyushye akuya,

nta buriganya twakoresheje,

nta cyaha twakoze.”

10 Uhoraho aravuga ati:

“Ni jye Uhoraho Imana yanyu,

ni jye wabavanye mu gihugu cya Misiri,

nzongera mbatuze mu mahema,

muzayaturamo nk’igihe nabonaniraga namwe mu butayu.

11 Navuganye n’abahanuzi mbabonekera kenshi,

nabwiriye Abisiraheli mu migani mbinyujije ku bahanuzi.”

12 Abatuye i Gileyadi babaye inkozi z’ibibi bashiraho,

i Gilugali hatambirwa amapfizi,

intambiro zaho zizasenyuka,

zizamera nk’ibirundo by’amabuye biri mu murima.

13 Yakobo yahungiye mu karere ka Aramu,

Isiraheli uwo yakoreye sebukwe kugira ngo amuhe umugeni,

yabaye umushumba w’amatungo ahabwa umugeni.

14 Uhoraho yavanye Abisiraheli mu Misiri akoresheje umuhanuzi,

uwo muhanuzi ni we wabarindaga.

15 Nyamara abo Befurayimu barakaje Uhoraho bikabije,

azabaryoza amaraso bamennye,

agasuzuguro bagize Nyagasani azakabahanira.

Categories
Hozeya

Hozeya 13

Ibihano Abisiraheli bazahanishwa

1 Iyo ab’umuryango wa Efurayimu bavugaga,

abandi barakangaranaga,

ni bo bari imena mu yindi miryango y’Abisiraheli,

nyamara baracumuye basenga Bāli barapfa.

2 Na n’ubu baracyakomeza gukora ibyaha,

bayaza ifeza yabo bakaremamo ikigirwamana.

Abanyabukorikori bakoresha ubuhanga bwabo bwose,

bahanga amashusho asengwa.

Baravuga bati: “Nimuyatambire ibitambo.”

Dore abantu barasoma amashusho y’inyana!

3 Ni cyo gituma bazashiraho nk’igihu cya mu gitondo,

bazamera nk’ikime gishira hakiri kare,

bazamera nk’umurama wo ku mbuga utumurwa n’umuyaga,

bazamera nk’umwotsi usohokera mu mwenge w’inzu.

4 Uhoraho aravuga ati:

“Ni jye Uhoraho Imana yanyu,

ni jye wabakuye mu gihugu cya Misiri.

Ntimukagire izindi mana mwemera uretse jye,

erega nta wundi ukiza utari jye!

5 Ni jye wabitayeho muri mu butayu,

ubwo mwari mu gihugu gikakaye.

6 Nyamara mwageze mu gihugu cyanyu cyiza murarengwa,

mumaze kurengwa muhinduka abirasi,

ni cyo cyatumye munyirengagiza.

7 Noneho nzabasumira nk’intare,

nzabubikirira ku nzira nk’ingwe.

8 Nzabatera nk’ikirura cyambuwe ibyana byacyo,

nzabashishimura igituza mbamene umutima,

nzabaconshomerera aho nk’intare,

ibisigazwa byanyu inyamaswa zizabitanyaguza.

9 “Mwa Bisiraheli mwe, muzatsembwa,

muzazira ko mwangomeye kandi ari jye ubatabara.

10 Icyo gihe umwami wanyu ntazabasha kubakiza,

ntazabasha kurwana ku mijyi yanyu yose.

Mwansabye umwami n’abatware bo kubategeka,

abo bategetsi na bo ntibazashobora kubakiza.

11 Nabahaye umwami mbarakariye,

none nzamubambura kubera umujinya mbafitiye.

12 Ibicumuro by’Abefurayimu sinzabyibagirwa,

ibyaha byabo narabishyinguye.

13 Umugore uramukwa agira ibise, uruhinja rukavuka,

nyamara bo bameze nk’uruhinja rutagira ubwenge,

rwanga kuva mu nda igihe cyo kuvuka kigeze.

14 Sinzabacungura ngo be kujya ikuzimu,

ni koko sinzabakiza urupfu.

Wa rupfu we, bateze icyorezo cyawe!

Wa kuzimu we, ngaho batsembe!

Erega, nta mpuhwe mbafitiye.

15 Igihugu cy’Abisiraheli kirumbuka kurusha icy’Abayuda,

nyamara jyewe Uhoraho nzagiteza umuyaga.

Uzaza uturutse mu butayu bw’iburasirazuba,

amasōko y’Abisiraheli azakama,

amariba yabo azuma,

ibintu byose by’agaciro babitse bizasahurwa.

Categories
Hozeya

Hozeya 14

Hozeya asabira Abisiraheli

1 Abatuye i Samariya bazahanwa,

bazahanirwa ko bagomeye Imana yabo.

Bazashirira ku icumu,

abana babo bazicwa urubozo,

abagore babo batwite bazafomozwa.

2 Mwa Bisiraheli mwe, nimugarukire Uhoraho Imana yanyu,

koko ibicumuro byanyu ni byo byatumye muyoba.

3 Nimugarukire Uhoraho,

mwitegure amagambo yo kumubwira,

mumubwire muti: “Tubabarire ibicumuro byacu byose,

twakirane ubwuzu,

aho kugutura amapfizi tuzagutura ibisingizo.

4 Abanyashūru ntibazabasha kudukiza,

ntituzishingikiriza no ku mafarasi y’intambara.

Ibyo twiremeye ntituzongera kubyita imana zacu,

erega ni wowe gusa ugirira impfubyi impuhwe!”

Imigisha Uhoraho azaha Abisiraheli

5 Uhoraho aravuga ati:

“Nzabakiza indwara yo kunteshukaho,

nzabakunda mbikuye ku mutima,

nta burakari nkibafitiye.

6 Nk’uko ikime gihembura imyaka,

ni ko nanjye nzahembura Abisiraheli.

Bazaba beza nk’indabyo,

bazashinga imizi,

bazamera nk’ibiti by’inganzamarumbu byo muri Libani.

7 Bazagwira babe benshi,

bazamera nk’igiti cyashibutse cyane,

bazagira ubwiza nk’ubw’umunzenze,

bazatāma impumuro nk’iy’ibiti byo muri Libani.

8 Bazagaruka mbugamishe mu gicucu cyanjye,

bazongera bahinge ingano,

bazasagamba nk’igiti cy’umuzabibu,

bazaba ibirangirire nka divayi yo muri Libani.

9 Abefurayimu ntaho bazaba bagihuriye n’ibigirwamana.

Ni jye uzita ku masengesho yabo mbarinde.

Nzahora mbamereye nk’igiti gitoshye mbugamishe.

Ni jye ubaha uburumbuke.”

Umwanzuro

10 Ufite ubwenge nasobanukirwe n’ibiri muri iki gitabo,

ufite ubushishozi wese nabimenye.

Koko ibyo Uhoraho ashaka biraboneye,

intungane ni zo zibikora,

naho abigomeka ku Uhoraho babiteshukaho.