Categories
Hagayi

Hagayi 1

Igihe cyo kongera kubaka Ingoro y’Uhoraho

1 Ku itariki ya mbere y’ukwezi kwa gatandatu, mu mwaka wa kabiri Umwami Dariyusi ari ku ngoma,Uhoraho yahagurukije umuhanuzi Hagayi. Amutuma ku Mutegetsi w’igihugu cy’u Buyuda ari we Zerubabelimwene Salatiyeli, no ku Mutambyi mukuru Yeshuwa mwene Yosadaki.

2 Uku ni ko Uhoraho Nyiringabo avuga ati: “Abayahudi baravuga ngo: ‘Igihe cyo gusubukura imirimo y’ubwubatsi bw’Ingoroy’Uhoraho ntikiragera.’ ”

3 None rero Uhoraho atumye umuhanuzi Hagayi ati:

4 “Mbese iki ni igihe cyo kwibera mu mazu yanyu arimbishijwe cyane, naho Ingoro yanjye ikagumya kuba itongo?”

5 Na none Uhoraho Nyiringabo aravuga ati: “Nimuzirikane ingaruka z’imigirire yanyu.

6 Murahinga mukadandura ariko mugasarura bike, murarya ariko ntimuhage, muranywa ariko ntimushire inyota, murifubika ariko ntimushire imbeho, n’ukorera igihembo asa n’ubika mu mufuka utobotse.”

7 Uhoraho Nyiringabo yungamo ati: “Nimuzirikane ingaruka z’imigirire yanyu.

8 Nimuzamuke mujye ku misozi muvaneyo ibiti, mwongere mwubake Ingoro yanjye. Bityo nzayinezererwamo impeshe ikuzo. Ni jye Uhoraho ubivuze.

9 Mwari mwiteze umusaruro utubutse none mwasaruye ungana urwara, na wo muwugejeje imuhira ndawuhuha ubaca mu myanya y’intoki.”

Nuko Uhoraho Nyiringabo arabaza ati: “Ibyo byatewe n’iki? Ni ukubera ko Ingoro yanjye ari itongo, nyamara buri wese muri mwe yita ku nzu ye ashishikaye.

10 Ni cyo cyatumye imvura itagwa n’ubutaka ntibwere.

11 Nateje igihugu amapfa imisozi irakakara, ingano n’imizabibu n’imizeti n’ibindi bihingwa byose biruma, abantu n’amatungo birazahara, n’ibikorwa byanyu byose bigenda nabi.”

Abantu bumvira itegeko ry’Uhoraho

12 Zerubabeli mwene Salatiyeli n’Umutambyi mukuru Yeshuwa mwene Yosadaki n’itsinda ry’abasigaye, bose bita ku Ijambo ry’Uhoraho Imana yabo bagejejweho n’umuhanuzi Hagayi, nk’uko Uhoraho Imana yabo yari yabamutumyeho. Nuko abo bantu batinya Uhoraho.

13 Hanyuma Hagayi intumwa y’Uhoraho, abagezaho ubutumwa agira ati: “Uhoraho yavuze ngo: ‘Ndi kumwe namwe.’ ”

14 Nuko Uhoraho atera umwete Umutegetsi w’u Buyuda, ari we Zerubabeli mwene Salatiyeli n’Umutambyi mukuru Yeshuwa mwene Yosadaki, n’itsinda ry’abasigaye bose. Bose basubukura imirimo y’ubwubatsi bw’Ingoro y’Uhoraho Nyiringabo Imana yabo.

15 Hari ku itariki ya makumyabiri n’enye z’ukwezi kwa gatandatu, mu mwaka wa kabiri Umwami Dariyusi ari ku ngoma.

Categories
Hagayi

Hagayi 2

Ubwiza bw’Ingoro nshya y’Uhoraho

1 Ku itarikiya makumyabiri n’imwe z’ukwezi kwa karindwi, mu mwaka wa kabiri Umwami Dariyusi ari ku ngoma, Uhoraho yongeye guhagurutsa umuhanuzi Hagayi.

2 Aramutuma ati: “Vugana n’Umutegetsi w’igihugu cy’u Buyuda, ari we Zerubabeli mwene Salatiyeli n’Umutambyi mukuru Yeshuwa mwene Yosadaki n’itsinda ry’abasigaye, ubabaze uti:

3 ‘Mbese muri mwe hari umuntu waba warabonye ubwiza bw’Ingoro ya mbere? None se iy’ubu murayibona mute? Ntimureba ko ari ubusa uyigereranyije n’iya mbere!

4 Ariko wowe Zerubabeli, komera! Nawe Mutambyi mukuru Yeshuwa mwene Yosadaki, komera! Namwe baturage b’u Buyuda, nimukomere musubukure imirimo, ndi kumwe namwe.’ Uko ni ko Uhoraho Nyiringabo avuze.

5 Arakomeza ati: ‘Kuva ubwo mwimukaga mu Misiri, nabasezeranyije ko iteka nzabana namwe, none mwitinya!’ ”

6 Koko rero Uhoraho Nyiringabo aravuga ati: “Hasigaye igihe gito ngatigisa ijuru n’isi n’inyanja n’ubutaka.

7 Nzatigisa amahanga azane umutungo wayo aha, Ingoro yanjye nyitake ubwiza.

8 Ifeza yose n’izahabu yose ni ibyanjye.” Uko ni ko Uhoraho Nyiringabo avuze.

9 Arongera ati: “Iyi Ngoro nshya izagira ubwiza buhebuje ubw’iya mbere, kandi aha hantu nzahagwiza amahoro.” Uko ni ko Uhoraho Nyiringabo avuze.

Ku byerekeye ubuhumane

10 Ku itarikiya makumyabiri n’enye z’ukwezi kwa cyenda, mu mwaka wa kabiri Umwami Dariyusi ari ku ngoma, Uhoraho Nyiringabo yongera gutuma umuhanuzi Hagayi ati:

11 “Baza abatambyi icyo Amategeko avuga kuri iki kibazo:

12 umuntu aramutse atwaye inyama zeguriwe Imana mu kinyita cy’umwenda yambaye, maze kigakora ku mugati cyangwa ku mboga, cyangwa kuri divayi cyangwa ku mavuta cyangwa ku kindi cyose kiribwa, mbese ibyo biribwa byaba byeguriwe Imana?”

Abatambyi basubiza Hagayi bati: “Oya.”

13 Hagayi arongera arababaza ati: “None se umuntu aramutse ahumanyijwe n’uko akoze ku ntumbi, na we agahindukira agakora kuri kimwe muri ibyo biribwa, mbese cyaba gihumanye?”

Abatambyi baramusubiza bati: “Yee, cyaba gihumanye.”

14 Hagayi yungamo ati: “None rero Uhoraho aravuga ati: ‘Nguko uko abantu b’iri shyanga bameze. Ibikorwa byabo kimwe n’ibitambo bantura birahumanye.’ ”

Uhoraho abasezeranira imigisha

15 None rero Uhoraho avuze ati: “Uhereye uyu munsi ndetse no mu gihe kizaza, mujye muzirikana uko ibintu byari bimeze. Mbere y’uko mutangira gusubukura imirimo y’ubwubatsi bw’Ingoro yanjye,

16 icyo gihe byari bimeze bite? Iyo umuntu yageraga ku kirundo cy’ingano gikwiye kuvamo imifuka nka makumyabiri, yabonagamo icumi gusa. Uwajyaga ku muvure kudaha umutobe ukwiye kuba amacupa mirongo itanu, yasangagamo makumyabiri gusa.

17 Ibihingwa byanyu nabiteje kuma no kubora n’urubura, nyamara ntimwangarukira.” Uko ni ko Uhoraho avuze.

18 Arakomeza ati: “Nimuzirikane ibigiye kubabaho. Nimubizirikane uhereye kuri iyi tariki ya makumyabiri n’enye z’ukwezi kwa cyenda. Mwibaze n’uko byagenze kuva ku munsi mwasubukuye imirimo y’ubwubatsi bw’Ingoro yanjye.

19 Nta mpeke zikirangwa mu bigega byanyu. Imizabibu yanyu n’imitini yanyu n’imikomamanga yanyu n’imizeti yanyu, byose byararumbye. Nyamara nubwo bimeze bityo, uhereye uyu munsi ngiye kubahundazaho imigisha.”

Amasezerano Uhoraho yahaye Zerubabeli

20 Kuri iyo tariki ya makumyabiri n’enye z’uko kwezi, Uhoraho atuma Hagayi bwa kabiri ati:

21 “Bwira Umutegetsi w’igihugu cy’u Buyuda, ari we Zerubabeli mwene Salatiyeli uti: ‘Jyewe Uhoraho ngiye gutigisa isi n’ijuru.

22 Nzahirika ubutegetsi bw’abami, ntsembe ububasha bw’abami b’amahanga. Nzatsemba amagare y’intambara n’abayatwaye, kandi abarwanira ku mafarasi bazagwana na yo bicishanye inkota.’

23 Uhoraho Nyiringabo aravuze ati: ‘Kuri uwo munsi, wowe mugaragu wanjye Zerubabeli mwene Salatiyeli, nzakuzamura ukomere, umbere nk’impetaindi ku rutoki kuko nagutoranyije.’ Uko ni ko Uhoraho Nyiringabo avuze.”