Categories
Ezira

Ezira 1

Umwami Sirusi yemera ko Ingoro y’Imana yubakwa

1 Mu mwaka wa mbere Sirusi umwami w’u Buperesiamaze kwigarurira Babiloniya, Uhoraho yasohoje ijambo yari yaravuze arinyujije ku muhanuzi Yeremiya. Nuko Uhoraho ashyira muri Sirusi umwami w’u Buperesi, igitekerezo cyo kwamamaza itangazo mu bwami bwe hose, rikamamazwa mu mvugo no mu nyandiko bagira bati:

2 “Uku ni ko Sirusi umwami w’u Buperesi avuze ati: ‘Uhoraho Imana nyir’ijuru yampaye ububasha bwo kwigarurira ibihugu byose by’abami bo ku isi, kandi yanshinze kuyubakira Ingoro i Yeruzalemu mu gihugu cy’u Buyuda.

3 Nuko rero umuntu wese wo mu bwoko bw’iyo Mana nimuhe umugisha asubire mu Buyuda, maze yubake Ingoro y’Uhoraho Imana ya Isiraheli i Yeruzalemu.

4 Abantu bose batuye ahantu hose hari Abayahudi bacitse ku icumu, nibabahe imfashanyo y’ifeza n’izahabu n’ubundi butunzi n’amatungo, ndetse n’amaturo y’ubushake yo kubakira Imana Ingoro i Yeruzalemu.’ ”

5 Nuko abatware b’amazu y’umuryango wa Yuda, n’ab’amazu y’umuryango wa Benyamini, n’abatambyi n’Abalevi, mbese abantu bose Uhoraho Imana yashyizemo igitekerezo cyo kuyubakira Ingoro i Yeruzalemu bitegura kujyayo.

6 Abaturanyi babo bose babatera inkunga, babaha ibikoresho bikozwe mu ifeza no mu izahabu, babaha n’ubundi butunzi n’amatungo n’izindi mpano z’agaciro, hamwe n’amaturo atangwa ku bushake bw’umuntu.

7 Nuko Umwami Sirusi ahamagaza ibikoresho byo mu Ngoro y’Uhoraho, ibyo Umwami Nebukadinezari yari yaravanye i Yeruzalemu akabishyira mu ngoro y’imana ze.

8 Ibyo bikoresho Sirusi umwami w’u Buperesi yabitumye umucungamari Mitiredati, amutegeka kubibarurira Sheshibasari igikomangoma cy’i Buyuda.

9 Dore ibyo yamubaruriye:

amasahane mirongo itatu akozwe mu izahabu,

n’amasahane igihumbi akozwe mu ifeza,

n’ibyuma makumyabiri n’icyenda,

10 n’amabesani mirongo itatu akozwe mu izahabu,

n’amabesani magana ane na cumi y’ingeri ya kabiri akozwe mu ifeza,

n’ibindi bikoresho igihumbi.

11 Ibikoresho byose byari ibihumbi bitanu na magana ane bikozwe mu ifeza no mu izahabu. Sheshibasari abitahukana byose ubwo abajyanywe ho iminyago bavaga muri Babiloniya bagiye i Yeruzalemu.

Categories
Ezira

Ezira 2

Icyiciro cya mbere cy’abavuye muri Babiloniya

1 Dore Abayahudi bo mu mazu Umwami Nebukadinezari wa Babiloniya yari yarajyanye ho iminyago. Baje mu gihugu cy’u Buyuda no mu murwa wacyo wa Yeruzalemu bavuye muri Babiloniya, maze umuntu wese asubira mu mujyi gakondo w’iwabo.

2 Baje bayobowe na Zerubabeli na Yeshuwa na Nehemiya, na Seraya na Rēlaya na Moredekayi, na Bilishani na Misipari na Bigivayi, na Rehumu na Bāna. Dore umubare w’Abisiraheli bakomokaga muri buri nzu:

3 Abakomokaga kuri Paroshi bari ibihumbi bibiri n’ijana na mirongo irindwi na babiri.

4 Abakomokaga kuri Shefatiya bari magana atatu na mirongo irindwi na babiri.

5 Abakomokaga kuri Ara bari magana arindwi na mirongo irindwi na batanu.

6 Abakomokaga kuri Pahati-Mowabu, ni ukuvuga urubyaro rwa Yoshuwa na Yowabu, bari ibihumbi bibiri na magana inani na cumi na babiri.

7 Abakomokaga kuri Elamu bari igihumbi na magana abiri na mirongo itanu na bane.

8 Abakomokaga kuri Zatu bari magana cyenda na mirongo ine na batanu.

9 Abakomokaga kuri Zakayi bari magana arindwi na mirongo itandatu.

10 Abakomokaga kuri Bani bari magana atandatu na mirongo ine na babiri.

11 Abakomokaga kuri Bebayi bari magana atandatu na makumyabiri na batatu.

12 Abakomokaga kuri Azigadi bari igihumbi na magana abiri na makumyabiri na babiri.

13 Abakomokaga kuri Adonikamu bari magana atandatu na mirongo itandatu na batandatu.

14 Abakomokaga kuri Bigivayi bari ibihumbi bibiri na mirongo itanu na batandatu.

15 Abakomokaga kuri Adini bari magana ane na mirongo itanu na bane.

16 Abakomokaga kuri Ateri, ni ukuvuga abakomokaga kuri Hezekiya, bari mirongo cyenda n’umunani.

17 Abakomokaga kuri Besayi bari magana atatu na makumyabiri na batatu.

18 Abakomokaga kuri Yora bari ijana na cumi na babiri.

19 Abakomokaga kuri Hashumu bari magana abiri na makumyabiri na batatu.

20 Abakomokaga kuri Gibari bari mirongo cyenda na batanu.

21 Abantu bakomokaga mu mujyi wa Betelehemu bari ijana na makumyabiri na batatu.

22 Abakomokaga mu mujyi wa Netofa bari mirongo itanu na batandatu.

23 Abakomokaga mu mujyi wa Anatoti bari ijana na makumyabiri n’umunani.

24 Abakomokaga mu mujyi wa Azimaveti bari mirongo ine na babiri.

25 Abakomokaga mu mujyi wa Kiriyatiyeyarimu n’uwa Kefira n’uwa Bēroti bari magana arindwi na mirongo ine na batatu.

26 Abakomokaga mu mujyi wa Rama n’uwa Geba bari magana atandatu na makumyabiri n’umwe.

27 Abakomokaga mu mujyi wa Mikimasi bari ijana na makumyabiri na babiri.

28 Abakomokaga mu mujyi wa Beteli n’uwa Ayi bari magana abiri na makumyabiri na batatu.

29 Abakomokaga mu mujyi wa Nebo bari mirongo itanu na babiri.

30 Abakomokaga mu mujyi wa Magibishi bari ijana na mirongo itanu na batandatu.

31 Abakomokaga kuri Elamu wundi bari igihumbi na magana abiri na mirongo itanu na bane.

32 Abakomokaga kuri Harimu bari magana atatu na makumyabiri.

33 Abakomokaga mu mujyi wa Lodi n’uwa Hadidi n’uwa Ono bari magana arindwi na makumyabiri na batanu.

34 Abakomokaga mu mujyi wa Yeriko bari magana atatu na mirongo ine na batanu.

35 Abakomokaga mu mujyi wa Senaya bari ibihumbi bitatu na magana atandatu na mirongo itatu.

36 Itsinda ry’abatambyi:

abakomokaga kuri Yedaya ukomoka kuri Yoshuwa bari magana cyenda na mirongo irindwi na batatu.

37 Abakomokaga kuri Imeri bari igihumbi na mirongo itanu na babiri.

38 Abakomokaga kuri Pashehuri bari igihumbi na magana abiri na mirongo ine na barindwi.

39 Abakomokaga kuri Harimu bari igihumbi n’ijana na cumi na barindwi.

40 Itsinda ry’Abalevi:

abakomokaga kuri Yoshuwa na Kadimiyeli, na bo bakomokaga kuri Hodaviya, bari mirongo irindwi na bane.

41 Itsinda ry’abaririmbyi bo mu Ngoro y’Imana:

abakomokaga kuri Asafu bari ijana na makumyabiri n’umunani.

42 Itsinda ry’abarinzi b’Ingoro y’Imana ryari rigizwe n’abakomokaga kuri Shalumu no kuri Ateri, no kuri Talimoni no kuri Akubu, no kuri Hatita no kuri Shobayi. Bose bari ijana na mirongo itatu n’icyenda.

43 Itsinda ry’abakozi bo mu Ngoro y’Imana ryari rigizwe n’abakomokaga kuri Sīha no kuri Hasufa no kuri Tabawoti,

44 no kuri Kerosi no kuri Siyaha no kuri Padoni,

45 no kuri Lebana no kuri Hagaba no kuri Akubu,

46 no kuri Hagabu no kuri Shalimayi no kuri Hanani,

47 no kuri Gideli no kuri Gahari no kuri Reyaya,

48 no kuri Resini no kuri Nekoda no kuri Gazamu,

49 no kuri Uza no kuri Paseya no kuri Besayi,

50 no kuri Asina no kuri Meyunimu no kuri Nefusimu,

51 no kuri Bakibuki no kuri Hakufa no kuri Harihuri,

52 no kuri Basiluti no kuri Mehida no kuri Harisha,

53 no kuri Barikosi no kuri Sisera no kuri Tema,

54 no kuri Nesiya no kuri Hatifa.

55 Itsinda ry’abakomokaga ku bagaragu ba Salomo ryari rigizwe n’abakomokaga kuri Sotayi, no kuri Hasofereti no kuri Peruda,

56 no kuri Yāla no kuri Darikoni no kuri Gideli,

57 no kuri Shefatiya no kuri Hatili, no kuri Pokereti-Hasebayimu no kuri Ami.

58 Abo mu itsinda ry’abakozi bo mu Ngoro y’Imana hamwe n’abo mu itsinda ry’abakomokaga ku bagaragu ba Salomo, bose bari magana atatu na mirongo cyenda na babiri.

59 Kandi hari abantu batahutse bavuye i Telimela n’i Teliharisha n’i Kerubu no muri Adani no muri Imeri, batashoboye gutanga ibimenyetso byemeza ko ba sekuruza bari Abisiraheli.

60 Abo bantu bakomokaga kuri Delaya no kuri Tobiya no kuri Nekoda, bari magana atandatu na mirongo itanu na babiri.

61 Hari n’abatambyi bagize ingorane nk’izo. Abo ni abakomokaga kuri Hobaya no kuri Hakosi no kuri Barizilayi (uwo yitiriwe sebukwe kuko yari yarashatse umukobwa wa Barizilayi w’i Gileyadi).

62 Bashatse ibisekuruza byabo mu bitabo by’ibarura ariko ntibabibona, bityo babarwa nk’abahumanye maze bahagarikwa ku mirimo y’ubutambyi.

63 Nuko umutegetsi w’u Buyuda ababuza kurya ibyokurya byavanywe ku bitambo byatuwe Imana, kugeza ubwo hazaboneka umutambyi uzafata icyemezo gishingiye ku bizaba byerekanywe na Urimu na Tumimu.

64 Umubare w’abatahutse bose bavuye muri Babiloniya, bari ibihumbi mirongo ine na bibiri na magana atatu na mirongo itandatu.

65 Bari kumwe n’abagaragu n’abaja ibihumbi birindwi na magana atatu na mirongo itatu na barindwi, n’abaririmbyi n’abaririmbyikazi magana abiri.

66 Bari bafite amafarasi magana arindwi na mirongo itatu n’atandatu, n’inyumbu magana abiri na mirongo ine n’eshanu,

67 n’ingamiya magana ane na mirongo itatu n’eshanu, n’indogobe ibihumbi bitandatu na magana arindwi na makumyabiri.

68 Bamwe mu batware b’amazu bageze i Yeruzalemu umurwa w’Ingoro y’Uhoraho, batanze amaturo y’ubushake yo kubaka Ingoro y’Imana aho yari isanzwe.

69 Batanze bakurikije amikoro yabo, maze bashyira mu kigega cy’uwo mushinga ibiro ibihumbi bitanu by’izahabu, n’ibikoroto ibihumbi bitanu by’ifeza, batanga n’imyambaro ijana y’abatambyi.

70 Nuko abatambyi n’Abalevi na bamwe bo muri rubanda, n’abaririmbyi n’abarinzi b’Ingoro y’Imana kimwe n’abakozi bo mu Ngoro yayo, batura mu mijyi gakondo yabo. Abandi Bisiraheli bose na bo batura mu mijyi gakondo yabo.

Categories
Ezira

Ezira 3

Yeshuwa na Zerubabeli basubizaho gahunda yo gusenga

1 Ukwezi kwa karindwikwageze Abisiraheli bose baramaze gutura mu mijyi gakondo yabo, maze baza guteranira i Yeruzalemu bahuje umugambi.

2 Nuko bakurikije ibyanditse mu Mategeko ya Musawa muntu w’Imana, umutambyi Yeshuwa mwene Yosadaki afatanyije n’abandi batambyi bagenzi be, na Zerubabeli mwene Salatiyeli hamwe na bagenzi be, bubakira Imana ya Isiraheli urutambiro rwo gutambiraho ibitambo bikongorwa n’umuriro.

3 Nubwo abanyamahanga bari baratujwe mu gihugu babashyiragaho iterabwoba, urwo rutambiro barwubatse aho rwahoze, maze barutambiraho Uhoraho ibitambo bikongorwa n’umuriro byatambwaga mu gitondo na nimugoroba.

4 Hanyuma y’ibyo, Abisiraheli bizihiza iminsi mikuru y’Ingando bakurikije ibyanditse mu mabwiriza ya Musa, buri munsi batamba ibitambo bikongorwa n’umuriro hakurikijwe umubare wabyo wateganyijwe.

5 Uhereye uwo munsi bakajya batamba ibitambo bikongorwa n’umuriro bya buri munsi, n’ibitambo bikongorwa n’umuriro byatambwaga ku munsi ukwezi kwabonetseho no ku minsi mikuru yeguriwe Uhoraho, kandi bakamutura amaturo y’ubushake.

6 Kuva ku itariki ya mbere y’ukwezi kwa karindwi, batangira gutambira Uhoraho ibitambo bikongorwa n’umuriro, ariko urufatiro rw’Ingoro y’Uhoraho rwari rutarashyirwaho.

Bashyiraho urufatiro rw’Ingoro y’Imana

7 Abisiraheli bahemba ifeza abafundi babāzaga amabuye, kimwe n’ababāzaga za mwikorezi. Byongeye kandi baha Abanyasidoni n’Abanyatiri ibyokurya n’ibyokunywa n’amavuta y’iminzenze, kugira ngo na bo babazanire ibiti by’amasederi byo muri Libani, bakabicisha mu nyanja bakabigeza i Yope. Ibyo babikoze bashingiye ku burenganzira bahawe na Sirusi umwami w’u Buperesi.

8 Nuko mu kwezi kwa kabirik’umwaka wakurikiye uwo bagarukiye i Yeruzalemu ahari Ingoro y’Imana, batangira kuyubaka. Zerubabeli mwene Salatiyeli na Yeshuwa mwene Yosadaki, n’abandi batambyi bagenzi be, hamwe n’Abalevi n’abantu bose bari baje i Yeruzalemu bavuye aho bari barajyanywe ho iminyago, bafatanya imirimo. Abalevi bamaze imyaka makumyabiri n’abayirengeje, babashinga kuyobora imirimo y’ubwubatsi bw’Ingoro y’Uhoraho.

9 Abalevi ari bo Yoshuwa n’abahungu be n’abavandimwe be, na Kadimiyeli n’abahungu bebakomokaga kuri Yuda, bari bafatanyije kuyobora abakoraga ku bwubatsi bw’Ingoro y’Imana. Bafashwaga n’Abalevi bakomokaga kuri Henadadi.

10 Ubwo abubatsi bashyiragaho urufatiro rw’Ingoro y’Uhoraho, haje abatambyi bafite impanda bahagarara bambaye imyambaro y’ubutambyi, Abalevi bakomoka kuri Asafu na bo bari bafite ibyuma birangīra, kugira ngo basingize Uhoraho nk’uko Dawidi umwami w’Abisiraheli yategetse.

11 Nuko bikiranya basingiza Uhoraho kandi bamushimira bagira bati:

“Uhoraho agira neza,

imbabazi agirira Abisiraheli zihoraho iteka ryose.”

Nuko abantu bose basingiza Uhoraho baranguruye amajwi kubera ko urufatiro rw’Ingoro ye rushyizweho.

12 Ariko abatambyi n’Abalevi n’abatware b’amazu bageze mu zabukuru bari bazi Ingoro ya mberey’Imana, babonye hashyizweho urufatiro rw’Ingoro nshya bararira cyane. Naho abandi bantu benshi ibyishimo birabasāba na bo barangurura amajwi yabo,

13 ku buryo nta muntu wabashaga gutandukanya urusaku rw’abari bishimye n’imiborogo y’abariraga. Abantu barangururaga amajwi urusaku rukumvikanira kure.

Categories
Ezira

Ezira 4

Abanzi b’Abayahudi bababangamira

1 Abanzi b’Abayuda n’ab’Ababenyaminibamenya ko abari barajyanywe ho iminyago batahutse, kandi ko batangiye kubaka Ingoro y’Uhoraho Imana ya Isiraheli.

2 Nuko basanga Zerubabeli n’abatware b’amazu barababwira bati: “Nimureke tubafashe kubaka iyi Ngoro. Imana musenga ni yo natwe dusenga, ndetse twakomeje kuyitambira ibitambo uhereye ku ngoma ya Esarihadoniumwami wa Ashūru, watuzanye akadutuza aha.”

3 Zerubabeli na Yeshuwa n’abandi batware b’amazu y’Abisiraheli barabasubiza bati: “Nta cyo duhuriyeho cyatuma dufatanya kubaka Ingoro y’Imana yacu. Twebwe ubwacu dukurikije itegeko twahawe na Sirusi umwami w’u Buperesi, ni twebwe tuzubaka Ingoro y’Uhoraho Imana ya Isiraheli.”

4 Nuko abanyamahanga bari baratujwe mu gihugu, bahagurukira guca Abayahudi intege no kubashyiraho iterabwoba, kugira ngo be gukomeza kubaka.

5 Bagurira abajyanama b’ibwami kugira ngo badindize imishinga y’Abayahudi. Biba bityo uhereye ku ngoma ya Sirusi ukageza ku ya Dariyusi, abami b’u Buperesi.

Abayahudi baregwa kuri Ahashuwerusi no kuri Aritazeruzi

6 Umwami Ahashuwerusiakigera ku ngoma, abanzi b’Abayahudi bamwandikiye urwandiko barega abatahutse, bari mu gihugu cy’u Buyuda no mu murwa wacyo wa Yeruzalemu.

7 Byongeye kandi ku ngoma ya Aritazeruziumwami w’u Buperesi, Bishilamu na Mitiredati na Tabēli hamwe na bagenzi babo bandi, na bo bandikiye Umwami Aritazeruzi urwandiko. Urwo rwandiko rwari rwanditse mu nyuguti z’ikinyarameya no mu rurimi rw’ikinyarameya.

8 Nuko umutegetsi Rehumu wari uhagarariye umwami, na Shimushayi umunyamabanga umwungirije, na bo bandikira Umwami Aritazeruzi urwandiko rwavugaga ibyerekeye Yeruzalemu. Urwo rwandiko rwatangiraga rugira ruti:

9 “Jyewe umutegetsi Rehumu uhagarariye umwami, na Shimushayi umunyamabanga umwungirije, na bagenzi bacu b’Abanyadina n’Abanyafarisataki, n’Abanyatarupeli n’Abanyafarisa, n’Abanyereki n’Abanyababiloni n’Abanyashushani, ni ukuvuga Abanyelamu,

10 n’abandi baturage nyir’icyubahiro Umwami Asinapariyimuye akabatuza mu mujyi wa Samariya, no mu bihugu bikomatanyije by’iburengerazuba bwa Efurati.”

11 Dore ibyari bikubiye muri urwo rwandiko bandikiye umwami Aritazeruzi:

“Nyagasani, twebwe abaturage bawe bo mu bihugu bikomatanyije by’iburengerazuba bwa Efurati,

12 “Turakumenyesha ko ba Bayahudi bavuye aho bageze ino i Yeruzalemu, none bakaba bubaka uwo murwa w’icyigomeke wuzuyemo ubugome. Bamaze gusana urufatiro none bagiye kuzuza urukuta.

13 Nyagasani, turakumenyesha kandi ko niba uwo mujyi wubatswe, urukuta rwawo rugasanwa, abaturage baho batazongera gutanga amahōro cyangwa imisoro, cyangwa amakoro, ibyo rero bikaba byatubya umutungo w’umwami.

14 None rero kubera ko ari wowe udutunze tukagukorera, kandi tukaba tutabasha kwihanganira ko usuzugurwa, twiyemeje kukwandikira tubikumenyesha,

15 kugira ngo bashakashake mu bitabo by’amateka by’abami bakubanjirije. Muri ibyo bitabo uzasanga ko abaturage b’uyu mujyi ari ibyigomeke, kandi ko bahora batera amahane n’abami n’abategetsi batumwe kubahagararira muri iyo ntara. Uzasanga kandi ko kuva kera kose uyu mujyi uhora ubamo imyivumbagatanyo, ndetse ni yo mpamvu yatumye usenywa.

16 Bityo rero tukaba tukumenyesheje mbere y’igihe, ko uyu mujyi niwongera kubakwa n’urukuta rwawo rugasanwa, uzaba utakiri umutegetsi w’ibihugu bikomatanyije by’iburengerazuba bwa Efurati.”

Igisubizo cy’Umwami Aritazeruzi

17 Nuko umwami arabandikira abasubiza ati:

“Ku mutegetsi Rehumu uhagarariye umwami, na Shimushayi umunyamabanga umwungirije, no kuri bagenzi babo batuye i Samariya no mu bihugu by’iburengerazuba bwa Efurati, ndabasuhuje.

18 “Urwandiko mwanyoherereje barusobanuye mu rurimi rwanjye kavukire bararunsomera.

19 Nategetse ko bashakashaka mu bitabo by’amateka, maze basanga ko kuva kera kose abaturage b’uwo mujyi wa Yeruzalemu bigomeka ku bami, kandi ko uhora ubamo imyigaragambyo n’imyivumbagatanyo.

20 Kera abami b’ibihangange babaga muri uwo mujyi wa Yeruzalemu bari barigaruriye ibihugu byose by’iburengerazuba bw’uruzi rwa Efurati, maze bakaka abantu baho amahōro n’imisoro n’amakoro.

21 None rero nimutegeke abo Bayahudi bahagarike ibikorwa byabo, kandi uwo mujyi ntugomba kongera kubakwa kugeza ubwo jyewe ubwanjye nzaba maze gutanga uburenganzira.

22 Nimwihutire gukemura icyo kibazo kugira ngo cye gukomeza kubangamira inyungu z’ibwami.”

23 Nuko Rehumu na Shimushayi umunyamabanga umwungirije hamwe na bagenzi babo, bakimara gusomerwa urwandiko Umwami Aritazeruzi yabandikiye bahita bajya i Yeruzalemu. Nuko bashyira agahato ku Bayahudi bababuza gukomeza kubaka.

Imirimo y’ubwubatsi bw’Ingoro y’Imana isubukurwa

24 Uhereye ubwo imirimo y’ubwubatsi bw’Ingoro y’Imana i Yeruzalemu irahagarara, kugeza mu mwaka wa kabiri wo ku ngoma ya Dariyusiumwami w’u Buperesi.

Categories
Ezira

Ezira 5

1 Muri icyo gihe umuhanuzi Hagayi n’umuhanuzi Zakariyaukomoka kuri Ido, bageza ku Bayahudi b’i Yeruzalemu no ku bo mu gihugu cy’u Buyuda, ubutumwa batumweho n’Imana ya Isiraheli ari na yo Mana yabo.

2 Nuko Zerubabeli mwene Salatiyeli, na Yeshuwa mwene Yosadaki, bahagurukira kongera kubaka Ingoro y’Imana i Yeruzalemu, kandi abahanuzi bayo bari kumwe na bo bakabunganira.

3 Muri icyo gihe Tatenayi umutegetsi w’ibihugu bikomatanyije by’iburengerazuba bwa Efurati, na Shetari-Bozenayi hamwe na bagenzi babo, barabasanga maze barababaza bati: “Ni nde wabahaye uburenganzira bwo kubaka iyi Ngoro no kuzamura inkuta zayo?

4 Nimutubwire amazina y’abantu barimo bubaka kuri iyi nzu.”

5 Ariko Imana ikomeza kurinda abakuru b’Abayahudi, maze abategetsi b’u Buperesi ntibababuza kubaka mu gihe bari bategereje igisubizo cy’urwandiko bari bandikiye Dariyusi.

Abayahudi baregwa ku Mwami Dariyusi

6 Tatenayi umutegetsi w’ibihugu bikomatanyije by’iburengerazuba bwa Efurati, afatanyije na Shetari-Bozenayi n’abandi bategetsibagenzi be bo muri ibyo bihugu, bandikiye Umwami Dariyusi urwandiko.

7 Dore ibyari bikubiye muri urwo rwandiko:

“Nyagasani Mwami Dariyusi, horana amahoro.

8 “Nyagasani, turakumenyesha ko twagiye mu gihugu cy’u Buyuda ahari Ingoro y’Imana ikomeye.Ubu iyo Ngoro barayubakisha amabuye manini, no mu nkuta zayo bagiye bashyiramo ibiti by’imigogo. Abakora kuri iyo Ngoro barakorana umwete, kandi imirimo y’ubwubatsi irajya mbere.

9 Nuko tubaza abakuru babo tuti: ‘Ni nde wabahaye uburenganzira bwo kubaka iyi Ngoro no kuzamura inkuta zayo?’

10 Byongeye kandi twababajije amazina yabo, kugira ngo tuyakoherereze maze umenye abayobozi bahagarikiye ubwo bwubatsi.

11 Dore uko badusubije:

“Twebwe turi abagaragu b’Imana nyir’ijuru n’isi, ubu turubaka Ingoro yayo bundi bushya. Koko rero kera cyane umwami ukomeye w’Abisiraheliyari yarubakiye Imana Ingoro arayuzuza.

12 Icyakora kubera ko ba sogokuruza barakaje Imana nyir’ijuru, yabateje Umunyakalideya Nebukadinezari umwami w’i Babiloni, maze asenya iyo Ngoro n’abantu abajyana ho iminyago muri Babiloniya.

13 Ariko mu mwaka wa mbere wo ku ngoma ya Sirusi umwami wa Babiloniya, Sirusi uwo yashyizeho itegeko ryo kongera kubaka iyi Ngoro y’Imana.

14 Yategetse no gusubizayo ibikoresho by’izahabu n’ifeza byakoreshwaga mu Ngoro y’Imana i Yeruzalemu. Nebukadinezari yari yarabinyaze abijyana i Babiloni mu ngoro ye, ariko Umwami Sirusi abisohoramo maze abishinga uwitwa Sheshibasari yari yaragize umutegetsi w’u Buyuda.

15 Umwami Sirusi aramubwira ati: ‘Jyana ibi bikoresho i Yeruzalemu, maze uzabishyire mu Ngoro y’Imana izubakwa aho indi yari iri.’

16 Nuko Sheshibasari aza i Yeruzalemu maze ashyiraho urufatiro rw’Ingoro y’Imana. Uhereye icyo gihe ukageza n’ubu iracyubakwa, ariko ntiyari yuzura.

17 “Nuko rero Nyagasani, niba ubona ko ari ngombwa nibashakashake i Babiloni mu bitabo by’amateka y’ibyo ku ngoma z’abami, kugira ngo umenye koko niba Umwami Sirusi yaratanze uburenganzira bwo kongera kubaka Ingoro y’Imana i Yeruzalemu. Turagusaba kandi kutumenyesha icyemezo uzafatira iki kibazo.”

Categories
Ezira

Ezira 6

Bavumbura itangazo ry’Umwami Sirusi

1 Nuko Umwami Dariyusi ategeka ko bashakashaka mu bitabo by’amateka byari i Babiloni mu nzu yabikwagamo ibintu by’ingirakamaro.

2 Nyamara mu kigo ntamenwa cya Ekibatanamu gihugu cy’u Bumedi, ni ho habonetse urwandiko ruzinzwe rwanditsemo ngo:

“Urwibutso.

3 “Mu mwaka wa mbere Umwami Sirusi ari ku ngoma, yaciye iteka ryerekeye Ingoro y’Imana y’i Yeruzalemu agira ati:

“I Yeruzalemu hagomba kongera kubakwa Ingoro y’Imana hakajya hatambirwa ibitambo, kandi urufatiro rwayo rusanwe. Iyo Ngoro izagire metero makumyabiri n’indwi z’uburebure na metero makumyabiri n’indwi z’ubugari.

4 Bazubake impushya eshatu z’amabuye manini, bakurikizeho urundi ruhushya rw’ibiti by’imigogo. Ibyo umushinga uzatwara bizavanwe mu mutungo w’umwami.

5 Bagomba kandi gusubiza mu Ngoro y’Imana ibikoresho by’izahabu n’ifeza byakoreshwaga muri yo, buri kintu kigashyirwa mu mwanya wacyo. Ibyo bikoresho Umwami Nebukadinezari yari yarabinyaze i Yeruzalemu abijyana i Babiloni.”

Umwami Dariyusi asubiza Tatenayi

6 Maze Umwami Dariyusi asubiza Tatenayi ati:

“Kuri Tatenayi, umutegetsi w’ibihugu bikomatanyije by’iburengerazuba bwa Efurati,no kuri Shetari-Bozenayi n’abandi bategetsibagenzi babo bo muri ibyo bihugu.

“Muramenye ntimwivange muri icyo kibazo,

7 nimureke imirimo y’ubwubatsi bw’Ingoro y’Imana ikomeze. Umutegetsi w’Abayahudi n’abakuru babo nibayubake aho indi yahoze.

8 Ntegetse kandi ko mwunganira abakuru b’Abayahudi muri uwo mushinga wo kubaka iyo Ngoro y’Imana. Ibyo umushinga uzatwara bizavanwe mu mutungo w’umwami, ari yo mahōro atangwa mu bihugu bikomatanyije by’iburengerazuba bwa Efurati. Abo bantu muzabahembe ibivuye muri ayo mahōro, uwo mushinga we kudindira.

9 Ntihakagire ikibabuza guha abatambyi b’i Yeruzalemu ibyo bazajya babasaba buri munsi, ni ukuvuga ibimasa n’amasekurume y’intama n’abana b’intama byo gutamba ho ibitambo bikongorwa n’umuriro, biturwa Imana nyir’ijuru. Mujye mubaha n’ingano n’umunyu na divayi ndetse n’amavuta.

10 Bityo bazabashe gutura Imana nyir’ijuru ibitambo bifite impumuro nziza, kandi bansabire kurama hamwe n’abahungu banjye.

11 Nihagira kandi uzaca kuri iri tegeko nciye iteka: bazarandure inkingi mu nzu ye bayishinge maze bayimuturubikemo, ndetse n’iwe hasenywe hahinduke aho kumena imyanda.

12 Imana yahisemo Yeruzalemu ikaba iyiganjemo, izarimbure umwami uwo ari we wese, n’amoko ayo ari yo yose azaca kuri iri tegeko maze agasenya Ingoro yayo.

“Ni jyewe Dariyusi uciye iryo teka. Nimugire umwete wo kurisohoza.”

13 Nuko Tatenayi umutegetsi w’ibihugu bikomatanyije by’iburengerazuba bwa Efurati, na Shetari-Bozenayi hamwe na bagenzi babo, bagira umwete wo gusohoza iryo teka ryaciwe n’Umwami Dariyusi.

Itahwa ry’Ingoro y’Imana

14 Abakuru b’Abayahudi batewe inkunga n’ubutumwa bwa Hagayi n’ubw’umuhanuzi Zakariya ukomoka kuri Ido, bakomeza kubaka kandi imirimo y’ubwubatsi itera imbere. Nuko Ingoro barayuzuza nk’uko Imana ya Isiraheli yategetse, bakurikije iteka rya Sirusi n’irya Dariyusi, n’irya Aritazeruzi abami b’u Buperesi.

15 Iyo Ngoro yuzuye ku itariki ya gatatu y’ukwezi kwa Adari, mu mwaka wa gatandatu Umwami Dariyusi ari ku ngoma.

16 Nuko Abisiraheli bose, baba abatambyi cyangwa Abalevi cyangwa abatahutse bavuye aho bari barajyanywe ho iminyago, bakora ibirori byo gutaha iyo Ngoro y’Imana.

17 Ku munsi w’itahwa ry’iyo Ngoro hatambwe ibimasa ijana, n’amasekurume y’intama magana abiri, n’abana b’intama magana ane. Naho igitambo cyo guhongerera ibyaha Abisiraheli bakoze, uwo munsi hatambwe amasekurume y’ihene cumi n’abiri, angana n’umubare w’imiryango y’Abisiraheli.

18 Bashyira kandi abatambyi mu byiciro byabo, n’Abalevi bashyirwa mu matsinda yabo kugira ngo bakorere Imana iganje i Yeruzalemu, bakurikije amabwiriza ari mu gitabo cya Musa.

Abayahudi bizihiza umunsi mukuru wa Pasika

19 Abatahutse bavuye muri Babiloniya, bizihiza umunsi mukuru wa Pasika ku itariki ya cumi n’enye z’ukwezi kwakurikiye itahwa ry’Ingoro.

20 Abatambyi n’Abalevi bishyira hamwe bakora umuhango wo kwihumanura bose barabonera, bityo bica abana b’intama za Pasika babigirira abatahutse, n’abatambyi bagenzi babo na bo ubwabo.

21 Nuko Abisiraheli bose barya intama za Pasika, ari abari baratahutse kimwe n’abasigaye mu gihugu bari bitandukanyije n’imigenzo mibi y’abaturanyi babo b’abanyamahanga, bakiyemeza kuyoboka Uhoraho Imana ya Isiraheli.

22 Maze bizihiza ibirori by’iminsi mikuru irindwi y’imigati idasembuye bafite ibyishimo. Koko rero Uhoraho yatumye bishima kuko yahinduye imigambi y’umwami wa Ashūru, maze akabatera inkunga mu bwubatsi bw’Ingoro y’Imana ari yo Mana ya Isiraheli.

Categories
Ezira

Ezira 7

Umutambyi Ezira

1 Hashize igihe kirekire, ku ngoma ya Aritazeruziumwami w’u Buperesi hariho umuntu witwaga Ezira. Ezira uwo yari mwene Seraya wa Azariya wa Hilikiya,

2 wa Shalumu wa Sadoki wa Ahitubu,

3 wa Amariya wa Azariya wa Merayoti,

4 wa Zerahiya wa Uzi wa Buki,

5 wa Abishuwa wa Finehasi wa Eleyazari wa Aroni Umutambyi mukuru. Yari umwigishamategeko wazobereye mu by’Amategeko Uhoraho Imana ya Isiraheli yahaye Musa.

6 Ezira ava i Babiloni ajya i Yeruzalemu. Kubera ko yari arinzwe n’Uhoraho Imana ye, umwami yamuhaye ibyo amusabye byose.

7 Nuko bamwe mu Bisiraheli barimo abatambyi n’Abalevi n’abaririmbyi, n’abarinzi b’Ingoro y’Imana kimwe n’abakozi bo muri yo, bajya i Yeruzalemu mu mwaka wa karindwi wo ku ngoma y’Umwami Aritazeruzi.

8 Mu kwezi kwa gatanuk’uwo mwaka ni bwo Ezira yageranye na bo i Yeruzalemu.

9 Yari yarahagurutse i Babiloni ku itariki ya mbere y’ukwezi kwa mbere, kubera ko yari arinzwe n’Imana ye agera i Yeruzalemu ku itariki ya mbere y’ukwezi kwa gatanu.

10 Koko rero Ezira yari yariyeguriye kwiga no gukurikiza Amategeko y’Uhoraho, no kwigisha Abisiraheli amateka n’amabwiriza.

Urwandiko Aritazeruzi yahaye Ezira

11 Dore ibyari bikubiye mu rwandiko Umwami Aritazeruzi yandikiye Ezira umutambyi n’umwigishamategeko, wazobereye mu byerekeye amabwiriza n’amateka Uhoraho yahaye Abisiraheli.

12 “Kuri Ezira umutambyi n’umwigishamategeko y’Imana nyir’ijuru. Jyewe Aritazeruzi umwami, ndakuramutsa.

13 “Nciye iteka ko Abisiraheli bose bari mu bihugu by’ubwami bwanjye bashaka kujya i Yeruzalemu, baba rubanda cyangwa abatambyi cyangwa Abalevi, bafite uburenganzira bwo kujyana nawe.

14 Jyewe ubwanjye mfatanyije n’abajyanama banjye barindwi, tugutumye kujya kureba uko abo mu gihugu cy’u Buyuda n’abo mu murwa wacyo wa Yeruzalemu bakurikiza Amategeko Imana yagushinze.

15 Uzajyane kandi ifeza n’izahabu, ari yo maturo y’ubushake jyewe n’abajyanama banjye twatuye Imana ya Isiraheli, iganje mu Ngoro yayo i Yeruzalemu.

16 Uzajyane n’ifeza yose n’izahabu yose uzaherwa muri Babiloniya, kimwe n’amaturo y’ubushake azatangwa na rubanda n’ay’abatambyi kubera Ingoro y’Imana i Yeruzalemu.

17 Uzagire umwete wo gukoresha ayo maturo. Uzayaguremo ibimasa n’amasekurume y’intama n’abana b’intama, kimwe n’amaturo y’ibinyampeke na divayi, maze byose ubitambire i Yeruzalemu ku rutambiro rw’Ingoro y’Imana yanyu.

18 Ifeza n’izahabu bisagutse, wowe n’Abayahudi bagenzi bawe muzabikoreshe icyo muzabona gikwiye mukurikije ubushake bw’Imana yanyu.

19 Byongeye kandi ibikoresho uzahabwa byo gukoresha mu mihango y’Ingoro y’Imana, uzabishyire mu Ngoro y’Imana iganje i Yeruzalemu.

20 Nubona hari ikindi kintu gikwiye gukorwa ku Ngoro y’Imana yawe uzagikore, maze ikiguzi cyacyo kivanwe mu mutungo w’umwami.

21 “Nuko rero jyewe Umwami Aritazeruzi, nciye iteka ko abacungamari banjye bose bo mu bihigu bikomatanyije by’iburengerazuba bwa Efurati, bagomba kugira umwete wo guha Ezira umutambyi n’umwigishamategeko y’Imana nyir’ijuru, ibyo azabaka byose.

22 Bazamuhe ibiro by’ifeza bitarenga ibihumbi bitatu, n’ibiro by’ingano bitarenga ibihumbi cumi na bitandatu, na divayi itarenga litiro ibihumbi bibiri, n’amavuta atarenga litiro ibihumbi bibiri, bazamuhe n’umunyu wose azashaka.

23 Icyo Imana nyir’ijuru yategetse cyose ko gikorwa ku Ngoro yayo, gikwiye gukorwa cyitondewe kugira ngo itansukaho uburakari bwayo, cyangwa ikabusuka ku rubyaro rwanjye ruzansimbura ku ngoma.

24 Menyesheje kandi abacungamari bose ko amahōro n’imisoro n’amakoro, nta burenganzira bafite bwo kubyaka abatambyi cyangwa Abalevi, cyangwa abaririmbyi cyangwa abarinzi b’Ingoro y’Imana, cyangwa abakozi bo mu Ngoro cyangwa uwo ari we wese ukora muri iyo Ngoro.

25 “Naho wowe Ezira, ushingiye ku bwenge Imana yaguhaye, uzashyireho abatware n’abacamanza bo guca imanza z’abantu bose batuye mu bihugu bikomatanyije by’iburengerazuba bwa Efurati, basanzwe bazi Amategeko y’Imana yawe. Abatayazi kandi muzayabigishe.

26 Nihagira umuntu utitabīra gukurikiza Amategeko y’Imana yawe, cyangwa ngo yitabīre gukurikiza amategeko yanjye, azahanishwe kimwe muri ibi bihano bikurikira: azakatirwe urwo gupfa cyangwa azacibwe mu gihugu, cyangwa azanyagwe umutungo we cyangwa azafungwe.”

Ezira ashimira Imana

27 Nuko jyewe Ezira ndavuga nti: “Uhoraho Imana ya ba sogokuruza nisingizwe, yo yatumye umwami agira ishyaka ryo kurimbisha atyo Ingoro yayo iri i Yeruzalemu.

28 Imana ishimwe kandi yo yampesheje umugisha ku mwami, no ku bajyanama be no ku byegera bye.”

Nuko sinacika intege kubera ko nari ndinzwe n’Uhoraho Imana yanjye, maze ntoranya bamwe mu batware b’Abisiraheli kugira ngo tujyane.

Categories
Ezira

Ezira 8

Abazanye na Ezira

1 Aya ni yo mazina y’abatware b’amazu y’Abisiraheli babaruranywe n’abantu twatahukanye tuva muri Babiloniya, ku ngoma y’Umwami Aritazeruzi:

2 Umutware w’inzu ya Finehasi yari Gerushomu,

umutware w’inzu ya Itamari yari Daniyeli,

umutware w’inzu ya Dawidi yari Hatushi,

3 wakomokaga kuri Shekaniya.

Umutware w’inzu ya Paroshi yari Zakariya, yari kumwe n’abagabo ijana na mirongo itanu babaruwe.

4 Umutware w’inzu ya Pahati-Mowabu yari Elihowenayi, mwene Zerahiya, yari kumwe n’abagabo magana abiri.

5 Umutware w’inzu ya Zatuyari Shekaniya mwene Yahaziyeli, yari kumwe n’abagabo magana atatu.

6 Umutware w’inzu ya Adini yari Ebedi mwene Yonatani, yari kumwe n’abagabo mirongo itanu.

7 Umutware w’inzu ya Elamu yari Yeshaya mwene Ataliya, yari kumwe n’abagabo mirongo irindwi.

8 Umutware w’inzu ya Shefatiya yari Zebadiya mwene Mikayeli, yari kumwe n’abagabo mirongo inani.

9 Umutware w’inzu ya Yowabu yari Obadiya mwene Yehiyeli, yari kumwe n’abagabo magana abiri na cumi n’umunani.

10 Umutware w’inzu ya Baniyari Shelomiti mwene Yosifiya, yari kumwe n’abagabo ijana na mirongo itandatu.

11 Umutware w’inzu ya Bebayi yari Zakariya mwene Bebayi, yari kumwe n’abagabo makumyabiri n’umunani.

12 Umutware w’inzu ya Azigadi yari Yohanani mwene Hakatani, yari kumwe n’abagabo ijana na cumi.

13 Haherutse abatware b’inzu ya Adonikamu ari bo aba: Elifeleti na Yeyiyeli na Shemaya bari kumwe n’abagabo mirongo itandatu,

14 hamwe n’abatware b’inzu ya Bigivayi ari bo aba: Utayi na Zabudibari kumwe n’abagabo mirongo irindwi

Abayahudi bitegura kujya i Yeruzalemu

15 Abo bantu mbakoranyiriza ku muyoboro w’amazi ugana mu mujyi wa Ahava, tuhakambika iminsi itatu. Nuko ngenzura rubanda n’abatambyi bari aho, nsanga nta Mulevi n’umwe wari uhari.

16 Ntumiza bamwe mu batware ari bo aba: Eliyezeri na Ariyeli na Shemaya, na Elinatani na Yaribu na Elinatani wundi, na Natani na Zakariya na Meshulamu, hamwe n’abigisha ari bo Yoyaribu na Elinatani.

17 Nuko mbatuma kuri Ido umutegetsi mukuru w’umujyi wa Kasifiya,no kuri bagenzi beari bo bakozi bo mu Ngoro y’Imana babaga i Kasifiya, mbasaba kutwoherereza abantu bo gukora mu Ngoro y’Imana.

18 Kubera ko Imana yacu yari iturinze, batwoherereje Sherebiya umugabo w’umunyabwenge wo mu nzu ya Mahili, ukomoka kuri Levi mwene Isiraheli. Yari kumwe n’abahungu be n’abavandimwe, bose hamwe bari cumi n’umunani.

19 Batwoherereje na Hashabiya ari kumwe na Yeshaya wo mu nzu ya Merari, na we ari kumwe n’abavandimwe be n’abahungu babo, bose hamwe bari makumyabiri.

20 Batwoherereje kandi abakozi magana abiri na makumyabiri batoranyijwe mu rwego rw’abakozi babavuze mu mazina. Urwo rwego rwari rwarashyizweho na Dawidi afatanyije n’ibyegera bye, kugira ngo abarurimo bajye bunganira Abalevi mu Ngoro y’Imana.

Ezira ategeka abantu kwiyiriza ubusa no gusenga

21 Tukiri kuri uwo muyoboro wa Ahava ntangaza ko twigomwa kurya, kugira ngo twicishe bugufi imbere y’Imana yacu kandi tuyisabe kuturinda mu rugendo, twebwe ubwacu n’abana bacu n’umutungo wacu.

22 Nari gukorwa n’isoni iyo nsaba umwami umutwe w’abasirikare n’uw’abarwanira ku mafarasi bo kuturinda ababisha badutegera mu nzira. Koko rero twari twabwiye umwami ko Imana yacu irinda abayiringira bose, ariko ikarakarira cyane abayireka.

23 Nuko twigomwa kurya kandi dusaba Imana yacu kuturinda, na yo itwemerera ibyo tuyisabye.

Amaturo y’ingoro y’Uwiteka

24 Hanyuma ntoranya abakuru cumi na babiri bo mu batambyi, hamwe na Sherebiya na Hashabiya n’abandi Balevi icumi.

25 Mbapimira ifeza n’izahabu n’ibikoresho byatanzwe n’umwami n’abajyanama be n’ibyegera bye, n’Abisiraheli bose bari muri Babiloniya, babitanze ho ituro ry’Ingoro y’Imana yacu.

26 Nuko mbaha ibiro by’ifeza bigeze ku bihumbi makumyabiri, n’ibikoresho by’ifeza bifite ibiro bigeze ku ibihumbi bitatu, n’ibiro by’izahabu bigeze ku bihumbi bitatu.

27 Mbaha kandi n’amabesani makumyabiri y’izahabu afite ibiro bigeze ku umunani n’igice, n’ibikoresho bibiri bikozwe mu muringa usennye bifite agaciro kenshi.

28 Ndababwira nti: “Mwebwe ubwanyu mweguriwe Uhoraho kimwe n’ibi bikoresho. Iyi feza n’izahabu ni amaturo y’ubushake yatuwe Uhoraho Imana ya ba sokuruza.

29 Muzabirinde maze mubisohoze i Yeruzalemu amahoro. Nimugerayo muzabipimire mu byumba by’ububiko bw’Ingoro y’Imana, imbere y’abakuru b’abatambyi n’Abalevi, n’abatware b’amazu y’Abisiraheli.”

30 Nuko abatambyi n’Abalevi bakira ifeza n’izahabu n’ibindi bikoresho nari nabapimiye, kugira ngo bazabijyane i Yeruzalemu mu Ngoro y’Imana yacu.

Urugendo no kugera i Yeruzalemu

31 Ku itariki ya cumi n’ebyiri z’ukwezi kwa mbere, ni ho twahagurutse ku muyoboro wa Ahava twerekeza i Yeruzalemu. Muri urwo rugendo Imana yacu yabanye natwe, maze iturinda ababisha n’abambuzi bari badutegeye mu nzira.

32 Nuko tugeze i Yeruzalemu turuhuka iminsi itatu.

33 Ku munsi wa kane tujya mu Ngoro y’Imana yacu, dupima ya feza na ya zahabu na bya bikoresho maze tubishyikiriza umutambyi Meremoti mwene Uriya, ari kumwe na Eleyazari wakomokaga kuri Finehasi, n’Abalevi ari bo aba: Yozabadi mwene Yoshuwa, na Nowadiya mwene Binuwi.

34 Ibintu byose birabarurwa kandi birapimurwa ntihagira ikibura, ibiro byabyo bihita byandikwa mu gitabo.

35 Nuko abatahutse bavuye aho bari barajyanywe ho iminyago, batura Imana ya Isiraheli ibitambo bikongorwa n’umuriro. Batambiye Abisiraheli bose ibimasa cumi na bibiri, n’amasekurume y’intama mirongo cyenda n’atandatu, n’abana b’intama mirongo irindwi na barindwi. Batamba kandi n’amasekurume y’ihene cumi n’abiri ho igitambo cyo guhongerera ibyaha. Ibyo byose byabaye igitambo gikongorwa n’umuriro cyatuwe Uhoraho.

36 Hanyuma ya mategekoteka umwami yashyizeho bayashyikiriza abategetsi b’ibihugu bikomatanyije, n’umutegetsi wa buri gihugu cy’iburengerazuba bwa Efurati, maze na bo bashyigikira Abayahudi n’ubwubatsi bw’Ingoro y’Imana.

Categories
Ezira

Ezira 9

Abayahudi benshi bashaka abanyamahangakazi

1 Ibyo birangiye, bamwe mu bayobozi b’Abayahudi baransanga maze barambwira bati: “Rubanda rw’Abisiraheli kimwe n’abatambyi n’Abalevi, ntibitandukanyije n’abanyamahanga twasanze muri iki gihugu. Ahubwo bigannye ibibi biteye ishozi byakorwaga n’Abanyakanāni n’Abaheti, n’Abaperizi n’Abayebuzi, n’Abamoni n’Abamowabu, n’Abanyamisiri n’Abamori.

2 Bashatse kandi abageni b’abanyamahanga ndetse babashakira n’abahungu babo, bituma ubwoko Imana yatoranyije bwivanga n’abanyamahanga. Abatware n’abanyacyubahiro ni bo bafashe iya mbere mu gukora icyo gicumuro.”

3 Nuko numvise ibyo nshishimura ikanzu yanjye n’umwitero wanjye, nipfura umusatsi n’ubwanwa maze nicara mfite agahinda kenshi cyane.

4 Nkomeza kwicara aho mfite agahinda kugeza ku isaha yo gutura igitambo cya nimugoroba. Nuko abakurikiza amabwiriza y’Imana ya Isiraheli, kandi bashegeshwe n’igicumuro cy’abavuye aho bari bajyanywe ho iminyago, bateranira aho nari ndi.

Isengesho rya Ezira

5 Isaha yo gutura igitambo cya nimugoroba igeze, mpaguruka aho nari nicaye nigunze. Ubwo nari ncyambaye ya kanzu na wa mwitero nari nashishimuye. Nuko ndapfukama ntega amaboko nyerekeje ku Uhoraho Imana yanjye,

6 maze nsenga ngira nti:

“Ayii, Mana yanjye! Ndamwaye ndetse nkozwe n’isoni ku buryo ntabasha kubura amaso ngo nkurebe. Ibyaha byacu bikabije kuba byinshi, ibicumuro byacu byararundanyijwe bigera ku ijuru.

7 Uhereye mu gihe cya ba sogokuruza kugeza n’uyu munsi, twagucumuyeho cyane. Ibyaha byacu twe n’abami bacu n’abatambyi bacu, ni byo byatumye tugabizwa abami b’andi mahanga baratwica, batujyana ho iminyago, batwambura ibyo dutunze, badukoza isoni nk’uko bimeze n’uyu munsi.

8 Ariko noneho Uhoraho Mana yacu, mu kanya kanzinya watugiriye imbabazi maze udusiga turi itsinda ry’abasigaye, tugaruka gutura aha hantu witoranyirije. Bityo rero Mana yacu, uratugarukira uduha agahenge tukiri mu buja.

9 Ni koko Mana yacu, turi mu buja nyamara ntiwaturetse. Ahubwo waduhesheje umugisha ku bami b’u Buperesi, baduha agahenge kugira ngo tukubakire Ingoro aho indi yahoze, maze umutekano usagambe mu gihugu cy’u Buyuda no mu murwa wacyo wa Yeruzalemu.

10 “None rero Mana yacu, tuvuge iki? Ntitwakurikije amabwiriza

11 waduhaye uyanyujije ku bagaragu bawe b’abahanuzi, ubwo wagiraga uti: ‘Igihugu mugiye kwigarurira cyuzuye ibihumanya, cyahumanyijwe n’abagituye. Bacyujujemo ibizira biteye ishozi, uhereye ku mpera yacyo imwe ukageza ku yindi.

12 Nuko rero abakobwa banyu ntimukabashyingire abahungu babo, cyangwa ngo abahungu banyu mubashakire abakobwa babo. Ntimukigere mushakira abatuye icyo gihugu ibyiza, cyangwa ngo muharanire icyabahesha amahoro. Bityo ni bwo muzaba indahangarwa maze mwishimire ibyiza byo muri icyo gihugu, ndetse mugisigire urubyaro rwanyu ho umurage w’iteka ryose.’

13 Koko rero Mana yacu, ibyatubayeho byazanywe n’ibikorwa byacu bibi n’ibicumuro byacu bikomeye. Nyamara waciye inkoni izamba ntiwaduhana ukurikije ibyaha twakoze, ahubwo udusiga turi itsinda ry’abasigaye.

14 None se twongere turenge ku mabwiriza yawe, maze dushyingirane n’abo bantu bakora ibizira biteye ishozi? Mbese ntibyatuma uturakarira maze ukadutsemba twese ntihagire urokoka, bityo ntihabeho itsinda ry’abasigaye?

15 Uhoraho Mana ya Isiraheli, koko uri intabera no muri iyi minsi waradusize tuba itsinda ry’abasigaye. Nubwo ibicumuro byacu biduhama turi imbere yawe, nyamara ntitwari dukwiye kuguhagarara imbere.”

Categories
Ezira

Ezira 10

Abayahudi basezerera abagore babo b’abanyamahangakazi

1 Nuko Ezira akiri imbere y’Ingoro y’Imana apfukamye asenga, avuga ibyaha bakoze kandi arira, imbaga nyamwinshi y’Abisiraheli, abagabo n’abagore n’abana, bateranira aho yari ari barira cyane.

2 Nuko Shekaniya mwene Yehiyeli wo mu nzu ya Elamu abwira Ezira ati: “Twacumuye ku Mana yacu, kuko twebwe Abisiraheli twashatse abanyamahangakazi twasanze muri iki gihugu. Ariko nubwo bimeze bityo turacyafite icyizere.

3 Ubu nimuze tugirane amasezerano n’Imana yacu, maze dusezerere abo bagore bose hamwe n’abana babo. Bityo twumvire inama wowe n’abakurikiza amabwiriza y’Imana yacu mwatugiriye. Ibyo tuzabikora dukurikije Amategeko yayo.

4 None haguruka iki kibazo ni wowe kireba, ibyo tuvuze ubikore kandi komera turagushyigikiye.”

5 Nuko Ezira arahaguruka arahiza abakuru b’abatambyi n’ab’Abalevi n’ab’Abisiraheli bose, ko bazakurikiza iyo nama. Nuko barahira ko bazayikurikiza.

6 Ezira ava aho yari ari imbere y’Ingoro y’Imana, ajya kwa Yehohanani mwene Eliyashibu. Agezeyo yanga kugira icyo arya n’icyo anywa, kubera ko yari yashegeshwe n’igicumuro cy’abatahutse bavuye aho bari barajyanywe ho iminyago.

7 Nuko itangazo ryamamazwa mu gihugu cy’u Buyuda no mu murwa wacyo wa Yeruzalemu, rimenyesha abatahutse bose ko bagomba guteranira i Yeruzalemu.

8 Ryavugaga kandi ko umuntu wese uzaba ataragera i Yeruzalemu nyuma y’iminsi itatu ritanzwe, hakurikijwe icyemezo cy’abatware n’abakuru b’amazu, azanyagwa umutungo we kandi acibwe mu muryango w’abatahutse.

9 Nyuma y’iminsi itatu, ni ukuvuga ku itariki ya makumyabiri y’ukwezi kwa cyenda, abagabo bose bo mu muryango wa Yuda n’abo mu wa Benyamini baraza bateranira i Yeruzalemu ku kibuga cy’Ingoro y’Imana. Kubera impamvu z’iryo teraniro no kubera imvura yagwaga, abantu bahindaga umushyitsi.

10 Umutambyi Ezira arahaguruka arababwira, ati: “Mwa bagabo mwe, mwacumuye ku Mana kuko mwashatse abanyamahangakazi, bityo mugwiza ibyaha by’Abisiraheli.

11 None rero nimwihane ibyaha byanyu imbere y’Uhoraho Imana ya ba sogokuruza, maze mukore ibyo ashaka. Nimwitandukanye n’abanyamahanga twasanze muri iki gihugu, kandi musezerere abanyamahangakazi mwashatse.”

12 Nuko abari bateraniye aho bose bavuga baranguruye bati: “Ibyo uvuze ni ukuri tuzabikora.

13 Icyakora turi benshi kandi ni igihe cy’imvura, ntibishoboka ko tuguma hanze. Byongeye kandi iki kibazo ntikiri burangire mu munsi umwe cyangwa ibiri, kuko abakoze icyo cyaha turi benshi.

14 Abatware bacu nibabe ari bo baduhagararira. Abaturage bose ba buri mujyi bashatse abanyamahangakazi bajye bitaba ku matariki bazahamagarwaho, bazane n’abakuru n’abacamanza bo mu mijyi y’iwabo. Bityo iki kibazo kizatungane, maze Imana yacu idukureho umujinya wayo ukaze.”

15 Yonatani mwene Asaheli na Yahazeya mwene Tikuva, ni bo bonyine banze iyo nama bashyigikiwe na Meshulamu n’Umulevi Shabetayi.

16 Abatahutse bavuye aho bari barajyanywe ho iminyago bemera iyo nama, maze batoranya umutambyi Ezira hamwe n’abatware b’amazu yose babavuzwe mu mazina. Nuko ku itariki ya mbere y’ukwezi kwa cumi, abatoranyijwe batangira gusuzuma icyo kibazo.

17 Naho ku itariki ya mbere y’ukwezi kwa mbere, barangiza gusuzuma icyo ikibazo cy’abashatse abanyamahangakazi.

Urutonde rw’Abayahudi bari barashatse abanyamahangakazi

18 Mu batambyi, aba ni bo bari barashatse abanyamahangakazi:

Mu bakomokaga kuri Yeshuwa mwene Yosadaki na bene wabo ni

Māseya na Eliyezeri, na Yaribu na Gedaliya.

19 Nuko basezerana gusezerera abagore babo, kandi batamba isekurume y’intama yo guhongerera igicumuro cyabo.

20 Mu bakomokaga kuri Imeri ni Hanani na Zebadiya.

21 Mu bakomokaga kuri Harimu ni Māseya na Eliya na Shemaya, na Yehiyeli na Uziya.

22 Mu bakomokaga kuri Pashehuri ni Eliyowenayi na Māseya na Ishimayeli, na Netanēli na Yozabadi na Elasa.

23 Mu Balevi, aba ni bo bari barashatse abanyamahangakazi:

Yozabadi na Shimeyi na Kelaya (ubundi kandi yitwa Kelita), na Petahiya na Yuda na Eliyezeri.

24 Mu baririmbyi ni Eliyashibu.

Mu barinzi b’Ingoro y’Imana ni Shalumu na Telemu na Uri.

25 Muri rubanda rw’Abisiraheli, aba ni bo bari barashatse abanyamahangakazi:

Mu bakomokaga kuri Paroshi ni Ramiya na Iziya, na Malikiya na Miyamini, na Eleyazari na Malikiya wundi na Benaya.

26 Mu bakomokaga kuri Elamu ni Mataniya na Zakariya na Yehiyeli, na Abidi na Yeremoti na Eliya.

27 Mu bakomokaga kuri Zatu ni Eliyowenayi na Eliyashibu na Mataniya, na Yeremoti na Zabadi na Aziza.

28 Mu bakomokaga kuri Bebayi ni Yehohanani na Hananiya, na Zabayi na Atilayi.

29 Mu bakomokaga kuri Bani ni Meshulamu na Maluki na Adaya, na Yashubu na Sheyali na Yeremoti.

30 Mu bakomokaga kuri Pahati-Mowabu ni Adina na Kelali, na Benaya na Māseya, na Mataniya na Besalēli, na Binuwi na Manase.

31 Mu bakomokaga kuri Harimu ni Eliyezeri na Ishiya, na Malikiya na Shemaya na Simeyoni,

32 na Benyamini na Maluki na Shemariya.

33 Mu bakomokaga kuri Hashumu ni Matenayi na Matata, na Zabadi na Elifeleti, na Yeremayi na Manase na Shimeyi.

34 Mu bakomokaga kuri Bani ni Madayi na Amuramu na Uweli,

35 na Benaya na Bedeya na Keluhi,

36 na Vaniya na Meremoti na Eliyashibu,

37 na Mataniya na Matenayi na Yāsayi,

38 na Bani na Binuwi na Shimeyi,

39 na Shelemiya na Natani na Adaya,

40 na Makinadebayi na Shashayi na Sharayi,

41 na Azarēli na Shelemiya na Shemariya,

42 na Shalumu na Amariya na Yozefu.

43 Mu bakomokaga kuri Nebo ni Yeyiyeli na Matitiya, na Zabadi na Zebina, na Yadayi na Yoweli na Benaya.

44 Abo bagabo bose bari barashatse abanyamahangakazi, ndetse bamwe muri bo bari barabyaranye abana.