Categories
Ezekiyeli

Ezekiyeli 1

Uhoraho abonekera Ezekiyeli

1 Ku itariki ya gatanu y’ukwezi kwa kane k’umwaka wa mirongo itatu nari maze mvutse, ubwo nari hamwe n’abajyanywe ho iminyago ku nkombe y’umuyoboro w’amazi witwa Kebari, nabonye ijuru rikingutse maze Imana irambonekera.

2 Kuri iyo tariki ya gatanu y’ukwezi, hari mu mwaka wa gatanu Umwami Yoyakini ajyanywe ho umunyago,

3 Ijambo ry’Uhoraho ryangezeho jyewe Ezekiyeli mwene Buzi wari umutambyi mu gihugu cya Babiloniya, ku nkombe ya Kebari. Aho ni ho Uhoraho yanyujujemo imbaraga.

4 Nitegereje mbona inkubi y’umuyaga uturutse mu majyaruguru, uzana n’igicu kinini n’umuriro utera ibishashi, bikikijwe n’umucyo urabagirana. Muri wo rwagati, hashashagiranaga nk’icyuma kiri mu muriro.

5 Muri uwo mucyo kandi nabonyemo amashusho y’ibinyabuzimabine bisa n’abantu,

6 uretse ko buri kinyabuzima cyari gifite mu maso hane n’amababa ane.

7 Amaguru yabyo yari arambuye, ibirenge byabyo bimeze nk’ibinono by’inyana kandi birabagirana nk’umuringa usennye.

8 Munsi y’amababa yabyo hari ibiganza by’umuntu byarebaga mu byerekezo bine, kimwe no mu maso habyo n’amababa yabyo.

9 Amababa ya buri kinyabuzima yakoraga ku y’ikindi, byagendaga biromboreje imbere yabyo kandi ntibyigere bikebuka.

10 Uko ari bine byari bifite mu maso nk’ah’umuntu, mu maso h’iburyo hasaga n’ah’intare, mu maso h’ibumoso hasaga n’ah’ikimasa, kandi uko ari bine byari bifite mu maso hasa n’aha kagoma.

11 Abiri mu mababa ya buri kinyabuzima yarebaga hejuru kandi rimwe rikora ku rindi, andi abiri atwikiriye umubiri wacyo.

12 Buri kinyabuzima cyagendaga kiromboreje imbere yacyo, bikajya iyo bishaka kandi ntibyigere bikebuka.

13 Ibyo binyabuzima byasaga n’amakara yaka, kandi bikarabya nk’ibirimi by’umuriro. Uwo muriro wagendaga hagati y’ibyo binyabuzima uko ari bine, ukahasakāza umucyo kubera ibishashi byawo byarabyaga nk’umurabyo.

14 Ibinyabuzima byagendaga binyuranamo, kandi binyaruka nk’umurabyo.

15 Nuko nitegereje mbona ku ruhande rwa buri kinyabuzima, uruziga rukora hasi.

16 Isura n’imiterere y’izo nziga yasaga n’ibuye ry’agaciro. Izo nziga uko ari enye zarasaga zose, zikozwe kimwe kandi zisobekeranye.

17 Izo nziga zagendaga zikaraga zigana mu byerekezo bine, ntizigere zihindukira.

18 Amagurudumu yazo yari maremare cyane, kandi uko ari ane yari azengurutsweho n’amaso.

19 Iyo ibinyabuzima byagendaga, inziga zajyanaga na byo, byajya ejuru zikazamukana na byo.

20 Byajyaga iyo bishatse inziga zikajyana na byo, kuko ibyo binyabuzima ari byo byazikoreshaga.

21 Iyo ibinyabuzima byagendaga, inziga zajyanaga na byo, byahagarara na zo zigahagarara. Iyo byajya ejuru zazamukanaga na byo, kuko ibyo binyabuzima ari byo byazikoreshaga.

22 Hejuru y’ibyo binyabuzima hari igisa n’igisenge, kibengerana nk’urubura kandi gitangaje.

23 Amababa abiri ya buri kinyabuzima yari arambuye munsi y’icyo gisa n’igisenge, rimwe ryerekeranye n’irindi, naho andi abiri yari atwikiriye umubiri wa buri kinyabuzima.

24 Iyo byagendaga numvaga urusaku rw’amababa yabyo, rwari urusaku rumeze nk’urw’amazi magari, cyangwa nk’ijwi ry’Ishoborabyose, cyangwa imirindi y’ingabo. Iyo byarekaga kugenda, byabumbaga amababa yabyo.

25 Hanyuma ijwi ryumvikanira hejuru y’icyo gisa n’igisenge, cyari hejuru y’ibyo binyabuzima byari bihagaze bibumbye amababa yabyo.

26 Hejuru y’igisa n’igisenge hari ikintu kimeze nk’ibuye rya safiro, gikozwe nk’intebe ya cyami. Kuri iyo ntebe ahagana hejuru hari igisa n’umuntu.

27 Nuko mbona icyo gisa n’umuntu kirabagirana nk’icyuma gisennye kandi kizengurutswe n’umuriro. Munsi y’urukenyerero nahabonaga igisa n’umuriro ukimurikira.

28 Icyo gisa n’umuntu cyari gikikijwe n’umucyo umeze nk’umukororombya urabagirana mu gihe cy’imvura. Ibyo byashushanyaga ikuzo ry’Uhoraho, mbibonye nikubita hasi nubamye. Nuko numva ijwi ry’umvugisha.

Categories
Ezekiyeli

Ezekiyeli 2

Ezekiyeli atumwa ku Bisiraheli

1 Uwamvugishaga arambwira ati: “Yewe muntu, haguruka ngire icyo nkubwira.”

2 Akivuga iryo jambo Mwuka w’Imana anyinjiramo mbasha guhaguruka. Nuko ntangira gutega amatwi umvugisha.

3 Arambwira ati: “Yewe muntu, ngutumye ku Bisiraheli banyigometseho nk’uko ba sekuruza babigenje kugeza na n’ubu.

4 Ngutumye rero kuri abo banyagasuzuguro binangiye. Uzababwire uti: ‘Uku ni ko Nyagasani Uhoraho avuze.’

5 Bakumva cyangwa batakumva, nibura bazamenya ko muri bo hari umuhanuzi, nubwo ari abantu b’ibyigomeke.

6 “Yewe muntu, uramenye ntuzabatinye cyangwa ngo utinyishwe n’amagambo yabo. Bazakurwanya umere nk’uri mu mahwa cyangwa uwicaye hejuru y’indyanishamurizo. Ntuzatinyishwe n’amagambo yabo cyangwa imyifatire yabo, kuko ari abantu b’ibyigomeke.

7 Bakumva cyangwa batakumva kuko ari abantu b’ibyigomeke, uzabagezeho ubutumwa nguhaye.

8 “Yewe muntu, umva icyo nkubwira: uramenye ntuzabe icyigomeke nka bo, ahubwo asama maze urye icyo ngiye kuguha.”

9 Ngo ndebe mbona ukuboko kunyerekejweho, gufashe umuzingo w’igitabo.

10 Nuko icyo gitabo akiramburira imbere yanjye. Cyari cyanditswemo imbere n’inyuma amagambo y’amaganya n’ishavu n’imiborogo.

Categories
Ezekiyeli

Ezekiyeli 3

1 Uwamvugishaga arambwira ati: “Yewe muntu, rya icyo gitabo nguhaye, maze ushyire ubutumwa Abisiraheli.”

2 Nuko mbumbura umunwa angaburira icyo gitabo.

3 Arambwira ati: “Yewe muntu, rya icyo gitabo uhage.” Nuko ndakirya maze kindyohera nk’ubuki.

4 Hanyuma arabwira ati: “Yewe muntu, sanga Abisiraheli ubagezeho ubutumwa bwanjye.

5 Singutumye ku bantu bavuga ururimi rukomeye kandi rutumvikana, ahubwo ngutumye ku Bisiraheli.

6 Singutumye ku bantu benshi bavuga ururimi rukomeye kandi utumva, nubwo bo bakumva nta ngorane.

7 Nyamara Abisiraheli bo ntibazakumva, kuko badashaka kunyumvira. Koko rero Abisiraheli ni ibyigomeke kandi barinangiye.

8 Nyamara ngiye kukugira icyigomeke nka bo, ntume ukambya agahanga nka bo.

9 Nzagukomeza kurusha isarabwayi, ukomere kurusha urutare. Bityo rero ntuzabatinya cyangwa ngo udagadwe imbere yabo kuko ari abantu b’ibyigomeke.”

10 Uwamvugishaga yongera kumbwira ati: “Yewe muntu, tega amatwi amagambo yose nkubwira uyazirikane.

11 Hanyuma usange abajyanywe ho iminyago ari bo bene wanyu, bakumva cyangwa batakumva ubabwire uti: ‘Uko ni ko Nyagasani Uhoraho avuze.’ ”

12 Nuko Mwuka w’Imana aranjyana maze numva inyuma yanjye ijwi ryomongana riti: “Uhoraho naherwe ikuzo aho atuye.”

13 Hanyuma numva urusaku rw’amababa ya bya binyabuzima yakocoranaga, numva n’urusaku rw’inziga zabyo rwomongana cyane.

14 Nuko Mwuka aramfata aranjyana, ngenda mfite agahinda n’ishavu, nyamara ububasha bw’Uhoraho burankomeza.

15 Bityo ngera i Telabibu ku nkombe za Kebari, aho abajyanywe ho iminyago bari batuye, ngumana na bo iminsi irindwi nakutse umutima.

Ezekiyeli agirwa umurinzi w’Abisiraheli

16 Iminsi irindwi ishize Uhoraho arambwira ati:

17 “Yewe muntu, nakugize umurinzi w’Abisiraheli. Uzajye utega amatwi ibyo nkubwira maze ubaburire mu mwanya wanjye.

18 Nimbwira umugome nti: ‘Uzapfa nta kabuza’, nyamara wowe ntumuburire ngo areke imigenzereze ye mibi maze akire, uwo mugome azapfa azize ibicumuro bye, nyamara ni wowe nzaryoza amaraso ye.

19 Icyakora nuramuka uburiye umugome ariko ntareke ubugome bwe n’imigenzereze ye mibi, azapfa azize ibicumuro bye, nyamara wowe uzaba wikijije.

20 “Umuntu w’intungane nateshuka ku butungane bwe maze agakora ikibi, nzamushyira imbere umutego, apfe azize ibyaha bye. Nutamuburira azapfa azize ibyaha bye, ubutungane bwe ntibuzibukwa ukundi, nyamara ni wowe nzaryoza amaraso ye.

21 Icyakora nuramuka uburiye umuntu w’intungane kugira ngo adacumura maze ntacumure, azabaho abikesha ko yaburiwe kandi nawe uzaba wikijije.”

Ezekiyeli agirwa ikiragi

22 Aho ni ho ububasha bw’Uhoraho bwongeye kunzaho, maze arambwira ati: “Haguruka ujye mu kibaya, ni ho nzakubwirira.”

23 Nuko ndahaguruka njya mu kibaya, maze mbona haganje ikuzo ry’Uhoraho, rimeze nk’iryo nari narabonye ku muyoboro w’amazi witwa Kebari, maze nikubita hasi nubamye.

24 Hanyuma Mwuka w’Imana anzamo arampagurutsa, maze Uhoraho arambwira ati: “Genda wifungirane mu nzu yawe.

25 Yewe muntu, abantu bazaguhambira n’imigozi bakubohe we kongera kubahingukamo ukundi.

26 Ururimi rwawe nzarufatisha mu gisenge cy’akanwa, maze uhinduke ikiragi ku buryo utazashobora kubacyaha ukundi, kuko ari abantu b’ibyigomeke.

27 Icyakora ninshaka kugira icyo mbabwira, nzakubumbura umunwa maze ubabwire uti: ‘Uku ni ko Nyagasani Uhoraho avuze: ushaka kumva niyumve, utabishaka narorere.’ Koko rero ni abantu b’ibyigomeke.”

Categories
Ezekiyeli

Ezekiyeli 4

Ezekiyeli ahanura igotwa rya Yeruzalemu

1 Uhoraho arambwira ati: “Yewe muntu, fata itafari urirambike imbere yawe, maze urishushanyeho umujyi wa Yeruzalemu.

2 Hanyuma werekane ko umujyi ugoswe, uwukikize imikingo n’ibirundo by’ibitaka, n’ibirindiro by’abanzi n’intwaro z’intambara.

3 Uzafate ipanu y’icyuma, uyikingire nk’urukuta rw’icyuma rugutandukanya n’umujyi maze uwuhange amaso, bityo uwo mujyi uzaba usa n’ugoswe kandi ni wowe uzaba uwugose. Icyo kizaba ikimenyetso cyo kuburira Abisiraheli.

4 “Ngaho ryamira urubavu rw’ibumoso, maze wikorere ibyaha by’Abisiraheli. Igihe cyose uzaba uryamiye urwo rubavu, uzaba wikoreye ibyaha byabo.

5 Ibyo uzabikora iminsi magana atatu na mirongo cyenda, ingana n’imyaka Abisiraheli bamaze bacumura. Bityo uzayimara wikoreye ibyaha by’Abisiraheli.

6 Nurangiza iyo minsi uzahindukire uryamire urubavu rw’iburyo, umare iminsi mirongo inewikoreye ibyaha by’Abayuda. Ngutegetse kubikora umunsi umwe mu mwaka, ukazamara igihe kingana n’imyaka Abayuda bamaze bacumura.

7 “Hanyuma uzahindukira uhange amaso Yeruzalemu igoswe, maze urambure ukuboko uyihanurire ibi bigiye kuyibaho.

8 Dore nkubohesheje imigozi ku buryo udashobora guhindukira ngo uryamire urundi rubavu, kugeza igihe uzaba urangije iminsi yo kugota umujyi.

9 Ngaho shaka ingano za nkungu n’iza bushoki, ushake n’ibishyimbo n’inkori, n’amasaka n’uburo, maze ubivangire mu nkono imwe ubikoremo umugati. Ibyo ni byo bizagutunga mu minsi magana atatu na mirongo cyenda, igihe uzaba uryamiye urubavu rumwe.

10 Ifunguro ryawe rya buri munsi rizakurikiza igipimo: uzajya urya garama magana abiri na mirongo itatu z’umugati ku munsi, zizaba zihagije kugeza ku wundi munsi.

11 Amazi uzanywa na yo azaba akurikije igipimo: uzajya unywa igice cya litiro y’amazi ku munsi, azaba ahagije kugeza ku wundi munsi.

12 Iryo funguro ryawe rizaba rimeze nk’agatsima k’ingano za bushoki, uzagateke hejuru y’ikirundo cy’amazirantokiabantu babireba.”

13 Uhoraho yungamo ati: “Uko ni ko Abisiraheli bazatungwa n’ibyokurya bihumanye, mu mahanga nzabatatanyirizamo.”

14 Nuko ndavuga nti: “Nyagasani Uhoraho, nta na rimwe nigeze nihumanya kuva mu buto bwanjye kugeza n’ubu, nta na rimwe nigeze ndya itungo ryipfushije cyangwa ryatanyaguwe n’inyamaswa, nta nyama ihumanye yigeze ingera mu kanwa.”

15 Uhoraho arambwira ati: “Ngaho nkwemereye gutekesha amase ibyokurya byawe, aho kubiteka hejuru y’amazirantoki.”

16 Hanyuma Uhoraho arambwira ati: “Yewe muntu, dore ngiye gusenya ibigega by’ibiribwa muri Yeruzalemu. Abayituye bazarya ibidahagije babigokeye, bazanywa amazi apimwe babanje guhangayika.

17 Bazabura ibyokurya n’amazi bose bashoberwe, maze batentebuke bazize ibicumuro byabo.

Categories
Ezekiyeli

Ezekiyeli 5

Imana izahana Abisiraheli

1 “Yewe muntu, fata inkota ityaye ikubere nk’urwembe, uyogosheshe imisatsi yawe n’ubwanwa, hanyuma uzane umunzani ubigabanyemo imigabane itatu.

2 Igihe iminsi y’igotwa ry’umujyi izaba irangiye, uzafate kimwe cya gatatu cy’iyo misatsi n’ubwanwa, ugitwikire mu mujyi rwagati. Hanyuma uzafate ikindi kimwe cya gatatu cyabyo ugicagaguze inkota ku mpande z’umujyi, kimwe cya gatatu gisigaye ugitumurire mu muyaga, nanjye nzagikurikirana n’inkota.

3 Icyakora uzafateho umusatsi muke, uwushyire mu mufuka w’umwenda wawe.

4 Hanyuma uzafateho muke kuri uwo musatsi, uwujugunye mu muriro uwutwike. Bityo hazaturukamo umuriro uzakongora Abisiraheli bose.”

5 Nyagasani Uhoraho aravuga ati: “Uko ni ko nzagenzereza Yeruzalemu, umujyi nashinze hagati y’amahanga nkawukikiza ibihugu.

6 Nyamara abayituye barenze ku byemezo nafashe, barangomeye kurusha amahanga, ntibakurikije amateka natanze kurusha ibihugu bibakikije. Bahinyuye ibyemezo nafashe, ntibakurikiza n’amateka natanze.

7 None rero baturage ba Yeruzalemu, nimuntege amatwi. Mwaransuzuguye kurusha amahanga abakikije, ntimwakurikije amateka natanze, ntimwitaye no ku byemezo nafashe, ahubwo mwakurikije imigenzereze y’ayo mahanga.

8 Ni yo mpamvu jyewe Nyagasani Uhoraho navuze nti: ‘Ngiye kubahindukirana mbahanire imbere y’amahanga.

9 Nzabakorera ibintu bibi ntigeze mbakorera, ndetse ntashobora no kongera gukora ukundi, mbaziza ko mwakoze ibizira.

10 Ababyeyi bazarira abana babo muri wowe rwagati, abana na bo bazarya ababyeyi babo. Nzabacira urwo gupfa, abarurokotse mbatatanyirize mu mpande zose z’isi.’ ”

11 Nyagasani Uhoraho aravuga ati: “Ndahiye nkomeje: kubera ko mwahumanyishije Ingoro yanjye ibibi byose n’ibizira byose, nanjye rero ngiye kubatsembaho, sinzabitaho kandi sinzabababarira.

12 Kimwe cya gatatu muri mwe kizazira icyorezo cyangwa inzara mu mujyi rwagati, ikindi kimwe cya gatatu inkota izagitsembera mu mpande zawo, kimwe cya gatatu gisigaye nzagitatanyiriza mu mpande zose z’isi, maze ngikurikirane n’inkota.

13 Nzabarakarira byimazeyo, mbature umujinya wanjye wose bityo mbe nihōreye. Hanyuma bazamenya ko ari jye Uhoraho wabivuze mbitewe no kubafuhira, kugeza ubwo mbatuye umujinya wanjye.

14 Umujyi wa Yeruzalemu nzawugira amatongo, usuzugurike mu mahanga awukikije n’imbere y’abahisi n’abagenzi.

15 Igihe nzayihana nihanukiriye mbigiranye uburakari n’umujinya n’intonganya zikaze, Yeruzalemu izahinduka urukozasoni n’igitutsi, izaba iciro ry’imigani n’igiterashozi imbere y’amahanga ayikikije. Ni jye Uhoraho ubivuze.

16 “Baturage ba Yeruzalemu, nzabarasa imyambi ari yo nzara izabatsemba, nzabateza inzara ikomeye ibatsembe maze nsenye ibigega byanyu by’ibiribwa.

17 Nzabateza inzara n’inyamaswa z’inkazi bibamareho urubyaro. Muzugarizwa n’ibyorezo n’urugomo kandi intambara ibatsembe. Ni jye Uhoraho ubivuze.”

Categories
Ezekiyeli

Ezekiyeli 6

Uhoraho arwanya abasenga ibigirwamana

1 Uhoraho arambwira ati:

2 “Yewe muntu, hindukirira imisozi ya Isiraheli maze uhanurire abayituye ibibi bigiye kubabaho.

3 Uzababwire uti: ‘Yemwe abatuye imisozi ya Isiraheli, nimwumve ubutumwa bwa Nyagasani Uhoraho. Aravuze ngo: yemwe abatuye ku misozi no ku dusozi, no mu bikombe no mu bibaya, dore ngiye kubatsembesha intambara, ndimbure n’ahasengerwa ibigirwamana byanyu.

4 Nzasenya intambiro zanyu n’ibicaniro byanyu by’imibavu, kandi benshi muri mwe nzabatsinda imbere y’ibigirwamana byanyu.

5 Imirambo y’Abisiraheli nzayararika imbere y’ibigirwamana byabo, amagufwa yabo nzayanyanyagiza ku mpande z’intambiro zanyu.

6 “ ‘Imijyi yose mutuyemo izahindurwa ikidaturwa, n’ahasengerwa ibigirwamana byanyu hazaba umusaka. Intambiro zanyu zizarimbuka, ibigirwamana byanyu bizamenagurika bishireho. Ibicaniro byanyu bizasenyuka n’ibikorwa byanyu bihinduke umuyonga.

7 Benshi muri mwe bazapfa, bityo abazarokoka bazamenya ko ndi Uhoraho.

8 “ ‘Icyakora bamwe muri mwe nzabarokora intambara batatanire mu mahanga.

9 Abo bazarokoka bazanyibukira mu bihugu byabajyanye ho iminyago. Bazibuka uko nabahannye kubera ubwigomeke bwabo. Ni bwo bwatumye banyimūra bakayoboka ibigirwamana, kandi bazigaya ubwabo kubera ibizira bakoze.

10 Nuko bazamenya ko ndi Uhoraho kandi ko imiburo yanjye itabaye impfabusa.’ ”

11 Nyagasani Uhoraho aravuga ati: “Ngaho koma mu mashyi, cinya ikirenge hasi maze utere hejuru uti: ‘Baragowe Abisiraheli bitewe n’ibizira byose bakoze!’ Kubera ibyo bazicwa n’intambara n’inzara n’icyorezo.

12 Abari kure bazicwa n’icyorezo, abari hafi bazazira intambara, abarokotse bazicwa n’inzara. Nzabamariraho uburakari bwanjye bwose.

13 Intumbi zabo zizaba zirambaraye hagati y’ibigirwamana byabo zikikije intambiro zabo, zinyanyagiye ku dusozi no mu mpinga z’imisozi, zirambaraye munsi y’ibiti binini n’ibitoshye n’ahantu hose boserezaga imibavu ibigirwamana byabo. Ni bwo abasigaye bazamenya ko ndi Uhoraho.

14 Nzabarwanya nkoresheje imbaraga, igihugu cyabo ngihindure amatongo n’ikidaturwa uhereye mu butayu bw’amajyepfo ukageza i Ribulamu majyaruguru, n’aho batuye hose. Bityo abantu bose bazamenya ko ndi Uhoraho.”

Categories
Ezekiyeli

Ezekiyeli 7

Uhoraho amenyesha Abisiraheli icyago giheruka

1 Uhoraho arambwira ati:

2 “Yewe muntu, ibi ni byo jyewe Nyagasani Uhoraho mbwira Abisiraheli: dore icyago giheruka cyugarije impande zose z’igihugu!

3 Iri ni iherezo ryanyu kandi uburakari bwanjye bugiye kubibasira. Ngiye kubacira urubanza nkurikije imigenzereze yanyu, mbaryoze ibizira byose mwakoze.

4 Sinzabitaho kandi sinzabababarira, ahubwo nzabahanira imigenzereze yanyu n’ibizira mudahwema gukora. Bityo muzamenya ko ndi Uhoraho.”

5 Nyagasani Uhoraho aravuga ati: “Icyago kiraje, ni icyago simusiga!

6 Iri ni iherezo! Icyago kiraje, kirabugarije!

7 Yemwe baturage b’iki gihugu, ibyago birabugarije! Igihe kirageze, wa munsi uregereje! Ibyari urwamo rw’ibyishimo byahindutse iterabwoba ku misozi.

8 Ngiye kubamariraho uburakari bwanjye, mbacire urubanza nkurikije imigenzereze yanyu kandi mbaryoze ibizira byose mwakoze.

9 Sinzabitaho kandi sinzabababarira, ahubwo nzabahanira imigenzereze yanyu n’ibizira mudahwema gukora. Bityo muzamenya ko ari jye Uhoraho ubahana.

10 “Dore wa munsi urageze, igihano cyanyu kiraje. Ubugizi bwa nabi buraboneka hose, agasuzuguro kariyongera.

11 Ubugome burarushaho kwiyongera, nta muntu n’umwe muri mwe uzarokoka. Ubutunzi bwanyu cyangwa icyubahiro cyanyu, nta na kimwe kizasigara.

12 Igihe kirageze, umunsi uregereje. Umuguzi nareke kunezerwa, n’umucuruzi areke kwiheba kuko nabarakariye bose.

13 Umucuruzi nubwo yaba akiriho ntazasubirana ibicuruzwa bye. Koko rero ibonekerwa ryerekeye kurimbuka kw’abantu bose rizasohozwa. Nta muntu n’umwe uzarokoka bitewe n’ibyaha byabo.

14 Nubwo bavuza ikondera abantu bose bakaba biteguye, nta n’umwe wajya ku rugamba kuko nabarakariye bose.”

Nta wuzarusimbuka

15 “Mu mayira intambara ni yose, mu mazu bugarijwe n’icyorezo n’inzara. Abari mu cyaro bazicwa n’intambara, abari mu mujyi batsembwe n’inzara n’icyorezo.

16 Abazacika ku icumu bazahungira mu misozi, bamere nk’inuma z’inyabwoba zivuye mu bibaya, bazababazwa n’ibyaha byabo.

17 Amaboko yabo yose azatentebuka,

amavi yabo azahinda umushyitsi.

18 Bazambara imyambaro igaragaza akababaro,

ubwoba buzabataha.

Bazakorwa n’isoni bimoze imisatsi.

19 Bazajugunya ifeza yabo mu mayira,

izahabu yabo izaba nk’umwanda.

Ifeza n’izahabu byabo ntibizabarokora ku munsi w’uburakari bw’Uhoraho.

Ntibazabona ibibahaza cyangwa ibibanezeza,

koko ifeza n’izahabu byabo ni byo byabateye gucumura.

20 Ubutunzi bwabo bwatumye birata,

bihangiye amashusho n’ibigirwamana bizira,

ni cyo gituma byose nzabihindura umwanda.

21 Uwo mutungo nzawuteza abanyamahanga bawusahure,

abagome bazawusahura bawuhumanye.

22 Igihe umutungo w’Ingoro yanjye uzaba uhumanywa sinzabyitaho,

igihe abajura bazinjira mu Ngoro bakayihumanya sinzabyitaho.

23 Tegura iminyururu,

koko rero igihugu cyuzuyemo abicanyi,

umujyi na wo wuzuyemo urugomo.

24 Nzahuruza abanyamahanga b’abagome cyane,

nzabahuruza bigarurire amazu yabo.

Nzatsemba agasuzuguro k’ibikomerezwa,

ahasengerwa habo hazahumanywa.

25 Iterabwoba rikomeye riraje,

bazashaka amahoro bayabure,

26 ibyago bizaba uruhererekane,

impuha z’ibibi ziziyungikanya.

Bazatakambira umuhanuzi ngo abonekerwe,

umutambyi ntazaba akigisha amategeko,

abakuru b’imiryango bazabura inama batanga.

27 Umwami azajya mu cyunamo,

ibyegera na byo bizacika intege,

rubanda ruzashya ubwoba.

Nzabahana nkurikije imigenzereze yabo,

nzabacira urubakwiriye,

bityo bazamenya ko ndi Uhoraho.”

Categories
Ezekiyeli

Ezekiyeli 8

Ibigirwamana bisengerwa mu Ngoro y’Uhoraho

1 Ku itariki ya gatanu y’ukwezi kwa gatandatu mu mwaka wa gatandatutujyanywe ho iminyago, nari nicaye iwanjye mu nzu nkikijwe n’abakuru b’imiryango y’Abayuda. Ako kanya ububasha bwa Nyagasani Uhoraho bunsesekaraho.

2 Nuko mbona igisa n’umuntu, munsi y’urukenyerero hasaga n’umuriro, hejuru yarwo hasaga n’umuringa usennye.

3 Arambura igisa n’ikiganza amufata imisatsi. Muri uko kubonekerwa n’Imana, Mwuka arangurukana anjyana i Yeruzalemu angeza ku irembo ry’imbere ryo mu majyaruguru y’Ingoro, ahari ikigirwamana Imana yanga urunuka.

4 Imbere yanjye mbona ikuzo ry’Imana y’Abisiraheli, risa n’iryo nigeze kubona mu ibonekerwa ryo mu kibaya.

5 Imana irambwira iti: “Yewe muntu, reba mu majyaruguru.” Nuko ndeba mu majyaruguru ahateganye n’urutambiro, mbona cya kigirwamana Imana yanga urunuka kiri iruhande rw’urwo rutambiro.

6 Imana yungamo iti: “Yewe muntu, urareba ibyo bakora? Urabona ibizira biteye ishozi Abisiraheli bakora kugira ngo nzinukwe Ingoro yanjye? Ba uretse urabona n’ibindi bizira birushijeho gutera ishozi.”

7 Imana injyana ku irembo ry’urugo, ndebye mbona umwenge mu rukuta.

8 Imana irambwira iti: “Yewe muntu, ca icyuho mu rukuta.” Nuko nagura umwenge, nca icyuho mu rukuta.

9 Imana yungamo iti: “Injira urebe ibizira biteye ishozi bahakorera.”

10 Ninjiye mbona amashusho y’udusimba dukurura inda hasi, n’ibikōko by’ubwoko bwose bizira, n’ibigirwamana byose by’Abisiraheli byari bishushanyije ku nzu.

11 Imbere yabyo hari hahagaze abakuru mirongo irindwi b’imiryango y’Abisiraheli, na Yāzaniya mwene Shafani ahagararanye na bo. Buri wese yari afite icyotezo mu ntoki, umwotsi w’imibavu ugatumbagira nk’igihu.

12 Imana irambaza iti: “Yewe muntu, wabonye ibyo abakuru b’imiryango y’Abisiraheli bakorera mu mwijima, buri wese yiherereye mu cyumba cyeguriwe ikigirwamana cye? Baribwira bati: ‘Uhoraho ntatwitayeho, yatereranye iki gihugu!’ ”

13 Imana yungamo iti: “Ba uretse urabona n’ibindi bizira bakora birushijeho gutera ishozi.”

14 Nuko anjyana ku muryango w’Ingoro y’Uhoraho ahagana mu majyaruguru, ahari hicaye abagore baririraga ikigirwamana Tamuzi.

15 Imana irambwira iti: “Yewe muntu, ese warebye? Ba uretse urabona n’ibindi bizira birushijeho gutera ishozi.”

16 Anjyana mu rugo rw’Ingoro y’Uhoraho, ku muryango wayo hagati y’ibaraza n’urutambiro, hari abantu makumyabiri na batanu. Abo bantu bari bateye umugongo Ingoro y’Uhoraho bareba iburasirazuba, baramya izuba rirashe.

17 Imana irambwira iti: “Yewe muntu, ese warebye? Nyamara ibizira aba Bayuda bakorera aha hantu babona ko bidahagije, bityo bakongeraho no gukwiza urugomo mu gihugu kugira ngo bandakaze. Irebere nawe uburyo bakabije kunsuzugura!

18 Nanjye nzabarakarira, sinzabitaho kandi sinzabababarira. Bazantakambira nyamara sinzabumva.”

Categories
Ezekiyeli

Ezekiyeli 9

Igihano ku baturage b’i Yeruzalemu

1 Nuko numva Uhoraho avuga aranguruye ati: “Igihano cy’umujyi kiregereje. Yemwe abashinzwe guhana uyu mujyi, nimwigire hafi buri wese azane intwaro ye yo kurimbura!”

2 Hanyuma mbona abantu batandatu baturutse mu muryango w’Ingoro werekera mu majyaruguru, buri wese afite intwaro ye yo kurimbura. Muri bo hari umuntu wambaye imyambaro yera, akenyeje umukandara uriho igikoresho cyo kwandikisha cyagenewe umwanditsi. Binjira mu Ngoro bahagarara hafi y’urutambiro rw’umuringa.

3 Nuko ikuzo ry’Imana y’Abisiraheli ryari ku bakerubi rijya ku muryango w’Ingoro. Uhoraho ahamagara wa muntu wambaye imyambaro yera, akenyeje umukandara uriho igikoresho cyo kwandikisha.

4 Aramubwira ati: “Zenguruka umujyi wa Yeruzalemu, ushyire ikimenyetso ku ruhanga rw’abantu bababajwe kandi barizwa n’ibizira byose biwukorerwamo.”

5 Hanyuma numva Imana ibwira abandi bantu iti: “Nimumukurikire mugende mwica, ntimugire uwo mwitaho cyangwa ngo mumubabarire.

6 Mutsembe abasaza n’abasore n’inkumi, n’abana n’abagore. Nyamara umuntu washyizweho ikimenyetso ntimumwice, kandi muhere ku bari mu Ngoro.”

Nuko bahera ku bakuru b’imiryango bari imbere y’Ingoro.

7 Uhoraho arababwira ati: “Ngaho nimugende muhumanye Ingoro, urugo rwayo murwuzuze intumbi.”

Nuko baragenda bica abatuye umujyi.

8 Igihe bariho bica nari jyenyine, nikubita hasi nubamye ndavuga nti: “Nyagasani Uhoraho, ese ugiye kurimbura itsinda ryose ry’Abisiraheli basigaye, usuke uburakari bwawe kuri Yeruzalemu?”

9 Uhoraho aransubiza ati: “Ibicumuro by’Abisiraheli n’iby’Abayuda birenze urugero. Dore igihugu cyuzuye amaraso, na Yeruzalemu yuzuye ubugome. Abantu baravuga bati: ‘Uhoraho yatereranye iki gihugu ntatwitayeho.’

10 Bityo nanjye sinzigera mbitaho cyangwa ngo mbababarire, ahubwo nzabaryoza ibihwanye n’imigenzereze yabo.”

11 Nuko wa muntu wambaye imyambaro yera, akenyeje umukandara uriho igikoresho cyo kwandikisha agaruka avuga ati: “Uhoraho, nakoze uko wantegetse.”

Categories
Ezekiyeli

Ezekiyeli 10

Ikuzo ry’Uhoraho rivanwa mu Ngoro

1 Nuko nditegereza mbona igisa n’intebe ya cyami ikozwe muri safiro, cyari hejuru y’igisa n’igisenge kiri hejuru y’abakerubi.

2 Uhoraho abwira wa muntu wari wambaye imyambaro yera ati: “Nyura mu nziga ziri munsi y’abakerubi, wuzuze mu biganza byawe amakara yaka ukuye hagati y’abo bakerubi, uyanyanyagize mu mujyi.”

Nuko mbona wa muntu aragiye.

3 Igihe uwo muntu yagendaga, abakerubi bari bahagaze mu majyepfo y’Ingoro, kandi mu rugo rw’Ingoro igihu cyari kibuditse.

4 Nuko ikuzo ry’Uhoraho ryigaragariza hejuru y’abakerubi, ryerekera mu muryango w’Ingoro. Igihu kibuditse cyuzura mu Ngoro, naho urugo rwuzura umucyo w’ikuzo ry’Uhoraho.

5 Urusaku rw’amababa y’abakerubi rwumvikana inyuma y’urugo nk’ijwi ry’Imana Nyiringabo iyo ivuze.

6 Igihe Uhoraho yategekaga wa muntu wari wambaye imyambaro yera ati: “Fata umuriro uvuye hagati y’inziga ziri munsi y’abakerubi”, uwo muntu yaragiye ahagarara iruhande rw’uruziga.

7 Umukerubi umwe arambura ukuboko afata umuriro wari hagati y’abakerubi, afata amakara yaka ayashyira mu biganza bya wa muntu wari wambaye imyambaro yera. Uwo muntu afata ayo makara yaka aragenda.

8 Munsi y’amababa y’abakerubi hari igisa n’ikiganza cy’umuntu.

9 Nitegereje mbona inziga enye zisa, buri ruziga ruri iruhande rw’umukerubi. Izo nziga zarabengeranaga nk’amabuye y’agaciro.

10 Izo nziga zose uko ari enye zarasaga, zimeze nk’izisobekeranye rumwe mu rundi.

11 Iyo zagendaga zerekezaga muri kimwe mu byerekezo bine, ntizihindukire. Zaganaga aho abakerubi berekeye, ntizihindukire.

12 Imibiri y’abo bakerubi n’imigongo yabo, n’amaboko yabo n’amababa yabo, hamwe n’izo nziga zabo uko ari enye, byari byuzuyeho amaso impande zose.

13 Nuko numva izo nziga bazita “Izikaraga”.

14 Abo bakerubi bari bafite mu maso hane. Mu maso ha mbere hasaga n’ah’umukerubi, aha kabiri hasa n’ah’umuntu, aha gatatu hasa n’ah’intare, naho aha kane hasa n’aha kagoma.

15 Abo bakerubi batumbagira mu kirere, bameze nka bya binyabuzima nabonye ku ruzi rwa Kebari.

16 Iyo abakerubi bagendaga, inziga zagendaga iruhande rwabo, iyo baramburaga amababa yabo kugira ngo baguruke, inziga zajyanaga na bo.

17 Iyo abakerubi bahagararaga na zo zarahagararaga, iyo bagurukaga zajyanaga na bo kuko zakoreshwaga n’ibyo binyabuzima.

18 Nuko ikuzo ry’Uhoraho rivanwa ku muryango w’Ingoro, rijya hejuru y’abakerubi.

19 Abakerubi barambura amababa yabo mbona baragurutse, inziga na zo zijyana na bo. Bahagarara mu muryango w’iburasirazuba bw’Ingoro y’Uhoraho, ikuzo ry’Imana y’Abisiraheli rirabagiranira hejuru yabo.

20 Ni bo bya binyabuzima nabonye munsi y’Imana y’Abisiraheli ku muyoboro w’amazi witwa Kebari, maze menya ko ari abakerubi.

21 Buri mukerubi yari afite mu maso hane n’amababa ane, munsi ya buri baba hari igisa n’ikiganza cy’umuntu.

22 Mu maso habo hasaga na bya binyabuzima nabonye kuri Kebari, buri mukerubi yagendaga arombereje imbere ye.