Categories
Ezayi

Ezayi 31

Uhoraho azarinda Yeruzalemu

1 Bazabona ishyano abajya gutabaza mu Misiri,

biringira ubwinshi bw’amafarasi n’amagare y’intambara byaho.

Bishingikiriza imbaraga z’abarwanira ku mafarasi,

nyamara ntibita ku Muziranenge wa Isiraheli,

ntibatabaza Uhoraho.

2 Nyamara Uhoraho na we arashishoza,

ashobora guteza ibyago kandi ntiyivuguruze,

azahagurukira agatsiko k’abagizi ba nabi,

azahagurukira izo nkozi z’ibibi bitabaje.

3 Abanyamisiri ni abantu buntu si Imana,

amafarasi yabo na yo ni amatungo gusa.

Igihe Uhoraho azahana icyo gihugu kizarimbukana n’abagitabaza,

bose hamwe bazashiraho.

4 Uhoraho yarambwiye ati:

“Igihe intare cyangwa icyana cyayo byivugira ku muhigo,

nubwo abashumba benshi bahururizwa kuyirwanya,

ntizaterwa ubwoba n’induru yabo.

Bityo Uhoraho Nyiringabo azaza i Siyoni,

azarwanira kuri uwo musozi we.”

5 Uko ibisiga bitanda amababa yabyo,

ni ko Uhoraho Nyiringabo azarinda Yeruzalemu.

Azayirinda ayigoboke,

azayirokora ayikize.

6 Mwa Bisiraheli mwe, nimugarukire uwo mwagomeye bikabije.

7 Icyo gihe buri wese azajugunya ibigirwamana yacuze mu ifeza no mu izahabu.

8 Abanyashūru bazashirira ku nkota,

bazatsembwa n’inkota itari iy’abantu.

Abanyashūru bazahunga inkota,

abasore babo bazaba inkoreragahato.

9 Umwami wabo azagira ubwoba ahunge,

abagaba b’ingabo ze bazashya ubwoba bahunge urugamba.

Uko ni ko Uhoraho avuze,

we nyir’urumuri ruri i Siyoni, we nyir’itara riri i Yeruzalemu.

Categories
Ezayi

Ezayi 32

Umwami w’umugiraneza

1 Dore hazabaho umwami uzategekesha ubutungane,

hazabaho n’abatware bazategekesha ubutabera.

2 Buri wese azaba nk’ahantu hahungirwa umuyaga,

azaba nk’ahantu bugama umuyaga,

azaba nk’amazi atemba ku butaka bwumiranye,

azaba nk’igicucu cy’urutare runini mu butayu.

3 Amaso y’abareba azakomeza kureba,

amatwi y’abumva azumva kurushaho.

4 Abari ibihubutsi bazakorana ubushishozi,

abadidimangaga bazavuga neza.

5 Abapfapfa ntibazongera guhabwa icyubahiro,

ab’imburamumaro ntibazongera guhabwa agaciro.

6 Koko rero umupfapfa avuga iby’ubupfapfa,

ahora atekereza gukora ibibi,

akora ibidatunganye kandi agatuka Uhoraho,

ntagaburira abashonji,

ntaha icyo kunywa abishwe n’inyota.

7 Ab’imburamumaro barangwa n’ubugome,

bategura imigambi mibi yo kwicisha abakene,

barababeshyera bakabima uburenganzira bwabo.

8 Nyamara umunyamurava agira imigambi myiza,

yishingikiriza ku bikorwa byiza.

Imiburo ku bagore b’i Yeruzalemu

9 Yemwe bagore b’abadabagizi, nimuhaguruke muntege amatwi,

yemwe bakobwa badamaraye, nimunyumve.

10 Mwebwe abadamaraye, nyuma y’umwaka umwe muzaba muhagaritse umutima,

koko rero imizabibu yanyu izarumba nta cyo muzasarura.

11 Mwa badabagizi mwe, nimuhagarike umutima,

nimugire ubwoba mwebwe abadamaraye,

nimwiyambure imyambaro yanyu,

nimukenyere imyambaro igaragaza akababaro.

12 Nimwikomange mu gituza mubabaye,

nimuririre imirima yanyu yari myiza,

nimuririre n’imizabibu yanyu yarumbukaga.

13 Nimuririre igihugu cy’ubwoko bwanjye,

dore cyamezemo ibihuru by’amahwa,

nimuririre amazu yari abanejeje,

amazu yo mu mujyi wuje umunezero.

14 Koko ingoro y’umwami izahinduka amatongo,

umujyi wari utuwe uzahinduka ikidaturwa.

Agace ka Ofelin’umunara w’abarinzi bizahora ari amatongo,

indogobe zo mu gasozi zizahidagadurira,

amatungo na yo azahabona urwuri.

Ubutungane buzabyara amahoro

15 Igihe kimwe Uhoraho azadusenderezaho Mwuka we,

umurima utahingwaga uzarumbuka,

naho umurima wahingwaga uzahinduka ishyamba.

16 Ubutabera buzaganza mu mirima itahingwaga,

ubutungane na bwo buzaganza mu mirima yahingwaga.

17 Ubutungane buzabyara amahoro,

buzatera ituze n’umutekano iteka ryose.

18 Abantu banjye bazabaho mu mahoro,

bazaba mu mazu yuje umutekano,

bazaruhukira ahantu hatuje.

19 Nyamara ishyamba rizatsembwa n’amahindu,

umujyi na wo uzarimbuka.

20 Mwebwe rero murahirwa,

muzabiba imbuto iruhande rw’imigezi,

inka n’indogobe zanyu zizarisha nta nkomyi.

Categories
Ezayi

Ezayi 33

Umurimbuzi azarimburwa

1 Uzabona ishyano wowe urimbura kandi utararimbuwe,

uzabona ishyano wowe ugambana kandi utaragambaniwe,

numara kurimbura nawe uzarimburwa,

numara kugambana nawe uzagambanirwa.

2 Uhoraho, tugirire impuhwe turakwiringiye,

uturinde buri munsi kandi utugoboke igihe cy’akaga.

3 Iyo abantu bumvise ijwi ryawe barahunga,

urahaguruka amahanga agatatana.

4 Barunda iminyago nk’inzige zirundanyije,

bayitanguranwa nk’ibihore bisimbuka.

5 Uhoraho nasingizwe we utuye mu ijuru,

yasendereje ubutabera n’ubutungane i Siyoni.

6 Yemwe bantu b’i Yeruzalemu, Uhoraho azabaha amahoro,

azabakiza abahe ubwenge n’ubuhanga,

kubaha Uhoraho ni byo bibafitiye akamaro.

Uhoraho azagoboka ab’i Yeruzalemu

7 Dore abantu b’intwari baraborogera mu mayira,

intumwa z’amahoro zirarira zahogoye.

8 Imihanda irimo ubusa nta muntu ukirangwa mu mayira,

umurimbuzi yasheshe isezerano, imijyi yasuzuguwe,

umuntu ntakigira agaciro.

9 Igihugu kiri mu cyunamo cyacitse intege,

ibisi bya Libani byamanjiriwe, byarabiranye,

ikibaya cya Sharoni cyabaye ubutayu,

ibiti by’i Bashani n’i Karumeli ntibikigira amababi.

Uhoraho aburira abanze be

10 Uhoraho aravuze ati: “Ngiye guhaguruka,

ngiye kugaragaza ububasha bwanjye,

ngiye guhabwa ikuzo.

11 Imigambi yanyu ni imburamumaro,

ibiyivamo nta cyo bimaze,

ibikorwa byanyu ni nk’umuriro ukongora.

12 Abantu bazatwikwa nk’ishwagara mu itanura,

bazakongoka nk’amahwa ashyizwe mu muriro.

13 Yemwe abari kure, nimwumve ibyo nakoze,

abari hafi namwe, nimumenye ububasha bwanjye.

14 Muri Siyoni abanyabyaha bagize ubwoba,

abatubaha Imana barahinda umushyitsi bati:

‘Ni nde muri twe wahangara umuriro ukongora?

Ni nde muri twe wahangara itanura ritazima?’

15 Ni ugendera mu butungane akavuga ukuri,

ni uwanga inyungu ibonetse mu buryo bubi,

ni uwanga kwakira ruswa,

ni uwima amatwi imigambi y’abicanyi,

ni utitabira ubugizi bwa nabi.

16 Uwo muntu azatura ahasumba ahandi,

ibitare ntamenwa bizamubera ubuhungiro,

azahorana ibyokurya n’ibyokunywa.”

Ibohorwa rya Yeruzalemu

17 Uzibonera ubwawe ubwiza bw’umwami,

uzibonera n’amaso yawe ubwisanzure bw’igihugu.

18 Bityo uzazirikana abaguteraga ubwoba uvuge uti:

“Mbese ari he wa mugenzuzi?

Ari he wa wundi wagenzuraga imisoro?

Ari he wa wundi wabaruraga iminara?”

19 Ntuzongera kubona abantu b’abanyagasuzuguro,

abantu bavuga ururimi rutumvikana,

abantu bakoresha imvugo idasobanutse.

20 Uzibonera ubwawe Siyoni dukoreramo iminsi mikuru,

uzibonera n’amaso yawe Yeruzalemu umurwa w’amahoro,

ni yo hema ritazongera gusenywa,

imambo zaryo ntizizashingurwa ukundi,

imigozi yaryo ntizigera icika.

21 Aho ni ho Uhoraho azatwerekera ikuzo rye,

hazahinduka akarere k’imigezi minini n’inzuzi ngari,

nyamara amato y’intambara ntazayinjiramo,

amato manini na yo ntazayinyuramo.

22 Koko rero Uhoraho ni we mucamanza wacu,

ni we mutegetsi wacu,

Uhoraho ni we mwami wacu kandi ni we uzadukiza.

23 Imigozi yawe yaradohotse ntigifashe ku giti,

bityo ntugishobora kuzamura ibendera.

Abantu bazagabana iminyago itubutse,

abacumbagira na bo bazayigiraho umugabane.

24 Nta muturage w’i Yeruzalemu uzarwara,

abayituye bazababarirwa ibicumuro byabo.

Categories
Ezayi

Ezayi 34

Uhoraho azacira urubanza amahanga yose

1 Bantu b’amahanga yose, nimwegere mwumve,

isi n’ibiyiriho byose nibitege amatwi,

isi n’ibiyimeraho byose nibyumve.

2 Uhoraho arakariye amahanga yose,

afitiye umujinya ingabo zayo zose.

Yagambiriye kubarimbura,

yabatanze ngo bicwe.

3 Imirambo yabo izajugunywa ku gasozi,

umunuko wayo uzakwira hose,

amaraso yabo azatemba ku misozi.

4 Inyenyeri zose zizashonga,

ikirere kizizingazinga nk’umuzingo w’igitabo,

inyenyeri zose zizahanantuka,

zizahanantuka nk’amababi y’umuzabibu cyangwa umutini.

5 Uhoraho aravuze ati: “Nateguye inkota yanjye mu ijuru,

dore iramanutse ihane Abedomu, abo nagambiriye kurimbura.”

6 Inkota y’Uhoraho yuzuyeho amaraso,

yahaze urugimbu n’amaraso by’intama n’ay’amasekurume y’ihene,

yahaze urugimbu rw’impyiko z’amapfizi y’intama.

Koko rero Uhoraho yatambye igitambo mu mujyi wa Bosira,

yatsembye abantu mu gihugu cya Edomu.

7 Imbogo n’inka n’ibimasa bizapfana na bo,

igihugu kizasendera amaraso,

ubutaka buzahaga urugimbu.

8 Koko ni igihe Uhoraho azakiza Siyoni,

ni umwaka wo guhōra abanzi bayo.

9 Imigezi yo muri Edomu izahinduka amahindure,

ubutaka bwaho buzahinduka amazuku,

icyo gihugu kizahinduka amahindure agurumana.

10 Ayo mahindure azahora agurumana ku manywa na nijoro,

umwotsi uzacumbeka ubudahwema,

hazahinduka ubutayu burundu,

nta muntu uzongera kuhanyura.

11 Igihugu kizaba indiri y’ibihunyira n’ibinyogote,

ibyanira n’ibikona bizahatura.

Uhoraho azarambura hejuru ya Edomu umugozi urimbura,

azayirimbura ihinduke umusaka.

12 Abatware ntibazongera kwimika umwami,

abari ibyegera bose bazashiraho.

13 Ingoro zabo zizameramo ibihuru n’amahwa,

inzu zabo ntamenwa zizameramo ibisura n’ibitovu,

hazahinduka isenga ry’imbwebwe na za mbuni.

14 Hazahinduka igikumba cy’inturo n’impyisi,

hazahinduka isibaniro ry’ibikōko,

ni ho Lilitiiruhukira.

15 Ni ho ibisiga bizarika ibyari byabyo,

ni ho bizatera amagi bikayararira,

ni ho inkongoro zizakoranira, buri gisiga na kigenzi cyacyo.

16 Nimushakashake mu gitabo cy’Uhoraho,

musome aya magambo:

“Nta na kimwe mu byaremwe kizabura,

nta na kimwe kizabura kigenzi cyacyo.”

Uhoraho ubwe ni we ubivuze,

Mwuka we ni we uzabikoranyiriza hamwe.

17 Uhoraho azaha umugabane buri nyamaswa,

azawuyiha akoresheje igipimo,

buri nyamaswa izawuhorana,

ni ho zizaba iteka ryose.

Categories
Ezayi

Ezayi 35

Abasigaye bazatahuka

1 Ubutayu n’agasi bizishima,

igihugu cyumagaye kizishima kirabye indabyo,

indabyo zizarabya nk’amalisi.

2 Icyo gihugu kizuzura indabyo,

kizishima cyane gisābwe n’umunezero.

Kizahabwa ikuzo nk’ibisi bya Libani,

kizagira ubwiza nk’ubw’umusozi wa Karumeli n’ubw’ikibaya cya Sharoni.

Abantu bazabona ikuzo ry’Uhoraho,

bazarangamira ubwiza bw’Imana yacu.

3 Nimukomeze amaboko ananiwe,

nimukomeze n’amavi adandabirana.

4 Nimubwire abakutse umutima muti:

“Nimukomere mwigira ubwoba,

dore Imana yanyu ije guhōra no guhana,

izanywe no kubakiza.”

5 Koko impumyi zizareba,

ibipfamatwi na byo bizumva.

6 Abacumbagira bazasimbuka nk’impara,

ibiragi na byo bizarangurura ijwi binezerewe.

Ubutayu buzatobokamo amasōko,

imigezi itembe ahantu humagaye.

7 Ahari umusenyi utwika hazahinduka ikiyaga,

ubutaka bwumagaye buzatobokamo amasōko,

ahahoze ari amasenga y’imbwebwe hazamera urubingo n’urufunzo.

8 Aho hantu hazaba umuhanda munini,

uzitwa inzira y’intungane,

abahumanye n’abapfapfa ntibazayinyuramo,

intungane zonyine ni zo zizayinyuramo.

9 Muri iyo nzira nta ntare izahakandagira.

inyamaswa y’inkazi ntizayigeramo,

abacunguwe bonyine ni bo bazayinyuramo.

10 Abo Uhoraho yacunguye bazatahuka,

bazagera i Siyoni baririmba,

bazasābwa n’umunezero iteka,

bazagira ibyishimo byinshi,

umubabaro no gusuhuza umutima bizayoyoka.

Categories
Ezayi

Ezayi 36

Umwami wa Ashūru atera ubwoba Yeruzalemu

1 Mu mwaka wa cumi n’ine Hezekiya ari ku ngoma, Senakeribu umwami wa Ashūru yateye imijyi ntamenwa yose y’u Buyuda arayigarurira.

2 Umwami wa Ashūru ari i Lakishi, yohereza umujyanama we wihariye w’inkambi, ayoboye umutwe ukomeye w’ingabo, amutuma i Yeruzalemu ku Mwami Hezekiya. Bashinga ibirindiro ku muyoboro w’amazi ava mu kizenga cyo haruguru, kiri ku nzira igana ku murima w’Abameshi.

3 Nuko mwene Hilikiya ari we Eliyakimu wari umuyobozi w’ibwami, aza kubonana na we aherekejwe n’umunyamabanga Shebuna, n’umuvugizi w’umwami Yowa mwene Asafu.

4 Umujyanama wihariye w’umwami wa Ashūru arababwira ati: “Nimugende mubwire Hezekiya ubu butumwa bw’umwami ukomeye ari we mwami wa Ashūru muti: ‘Icyizere ufite ni cyizere ki?

5 Mbese uribwira ko amagambo yonyine, yabasha kuburizamo umugambi n’ubutwari dufite byo kurwana intambara? Ni nde wishingikirijeho waguteye kungomera?

6 Erega wishingikirije kuri Misiri, rwa rubingo rusadutse, rutobora rugahinguranya ikiganza cy’urwishingikirijeho wese! Uko ni ko Umwami wa Misiri agenza abamugirira icyizere bose.’

7 “Ahari aho mugiye kunsubiza muti: ‘Uwo dufitiye icyizere ni Uhoraho Imana yacu.’ Nyamara Hezekiya ni we ubwe washenye ahasengerwa hose n’intambiro zaho, ategeka abantu b’i Yeruzalemu n’abandi Bayuda kujya kumuramya imbere y’urutambiro rw’i Yeruzalemu rwonyine.

8 “None rero, tēga na databuja umwami wa Ashūru. Jyewe ndiyemeza kuguha amafarasi y’intambara ibihumbi bibiri, niba wakwibonera abayarwaniraho.

9 Ubwo se koko washobora gutsimbura n’umwe woherejwe wo mu bagaba b’ingabo ba databuja? None wishingikirije ku Banyamisiri ngo bazaguha amagare y’intambara n’amafarasi!

10 Mbese ye, databuja yatera iki gihugu akakirimbura Uhoraho atabishatse? Reka da! Uhoraho ubwe ni we wabimutegetse.”

11 Nuko Eliyakimu na Shebuna na Yowa, basaba umujyanama w’umwami wa Ashūru bati: “Abagaragu bawe turakwinginze, tubwire mu kinyarameyakuko tucyumva. Erega ibyo utubwira mu giheburayi, dore abantu bari ku rukuta bateze amatwi barabyumva!”

12 Umujyanama w’umwami wa Ashūru arabasubiza ati: “Mbese mwibwira ko databuja yantumye kuri shobuja namwe gusa? Erega yantumye no kuri bariya bicaye ku rukuta, kugira ngo bamenye ko bidatinze bazarya amazirantoki yabo, bakanywa n’inkari zabo kimwe namwe.”

13 Umujyanama w’umwami wa Ashūru arahaguruka, arangurura mu gihebureyi ati: “Nimwumve ubutumwa bw’umwami ukomeye ari we mwami wa Ashūru,

14 aragira ati: ‘Nimureke kwishinga Hezekiya, arabashuka kuko atazabasha kubakiza.

15 Arishingikiriza ku cyizere cy’uko Uhoraho azabankiza, akantesha kwigarurira uyu mujyi, jyewe umwami wa Ashūru.

16 Nimureke kumvira Hezekiya ahubwo mukurikize ibi mbabwira: nimuharanire amahoro munyoboke, jyewe umwami wa Ashūru. Bityo buri wese azigumira mu mizabibu ye n’imitini ye bimutunge, yigumanire n’ikigega cye cy’amazi yinywere.

17 Hanyuma nzabajyana mu gihugu kimeze nk’icyanyu, gikungahaye ku ngano zivamo imigati, no ku mizabibu bengamo divayi.

18 Nimwitondere Hezekiya, kuko abayobya ababwira ko Uhoraho azabakiza. Ese hari ubwo imana z’amahanga zambujije gufata ibihugu byazo?

19 Ese ye, imana za Hamati n’iza Arupadi zakoze iki? Naho se iza Sefaruvayimu zo zakoze iki? Mbese haba hari iyambujije kwigarurira Samariya?

20 Ni iyihe muri izo mana zose yambujije kwigarurira igihugu cyayo? Nta yo. None se Uhoraho azambuza ate kwigarurira Yeruzalemu?’ ”

21 Abari aho baricecekera, ntibamusubiza ijambo na rimwe nk’uko Hezekiya yari yabategetse.

22 Nuko Eliyakimu mwene Hilikiya umuyobozi w’ibwami, n’umunyamabanga Shebuna na Yowa mwene Asafu umuvugizi wihariye w’umwami, bashishimura imyambaroyabo. Basubira ku mwami bamutekerereza ibyo umujyanama w’umwami wa Ashūru yatangaje.

Categories
Ezayi

Ezayi 37

Hezekiya agisha Ezayi inama

1 Umwami Hezekiya abyumvise ashishimura imyambaro ye, yambara igaragaza akababaro maze ajya mu Ngoro y’Uhoraho.

2 Atuma Eliyakimu umuyobozi w’ibwami na Shebuna umunyamabanga, n’abakuru bo mu batambyi, basanga umuhanuzi Ezayi mwene Amotsi, bose bambaye imyambaro igaragaza akababaro.

3 Baramubwira bati: “Hezekiya yadutumye ngo: ‘Uyu munsi ni umunsi w’umubabaro n’igihano n’ikimwaro. Nk’uko bavuga ngo: abana bageze mu matako, ariko nta mbaraga zo kubabyara.

4 Dore umwami wa Ashūru yohereje umujyanama we atuka Imana nzima. Iyaba Uhoraho Imana yawe yari yumvise ibyo bitutsi, yari guhita abimuhanira. None rero senga usabire abantu bayo basigaye.’ ”

5 Izo ntumwa z’Umwami Hezekiya zimaze kubwira Ezayi ubwo butumwa,

6 arazisubiza ati: “Nimusubire ku mwami mumubwire ko Uhoraho avuze ati: ‘Wumvise abagaragu b’umwami wa Ashūru bansebya, nyamara ntukuke umutima ku bw’ibyo bavuze.

7 Dore ndahindura umutima we, inkuru izamugeraho itume asubira iwe. Akigerayo nzamugabiza abamwicisha inkota.’ ”

Senakeribu agarura iterabwoba

8 Icyo gihe umwami wa Ashūru amaze kwigarurira Lakishi, yagiye kugota Libuna. Wa mujyanama we abimenye amusangayo.

9 Umwami wa Ashūru amenyeshwa ko Tiruhakaw’Umunyakushi, umwami wa Misiri ari mu nzira aje kumutera. Nuko yongera kohereza intumwa kuri Hezekiya ngo zimubwire ziti:

10 “Wowe Hezekiya umwami w’u Buyuda, wishingikirije cyane ku Mana yawe igutera kwibeshya ko izambuza, jyewe umwami wa Ashūru kwigarurira Yeruzalemu.

11 Wumvise ukuntu abami ba Ashūru bagenje ibindi bihugu byose bakabirimbura. None se uragira ngo uzarokoka?

12 Ubwo abo nasimbuye ku ngoma batsembaga abaturage ba Gozani n’aba Harani, n’aba Resefu n’Abanyedeni b’i Telasari, imana z’iyo mijyi ntizabakijije.

13 Umwami wa Hamati, n’umwami wa Arupadi, n’umwami w’umujyi wa Sefaruvayimu, n’uwa Hena, n’uwa Iwa, ubu bari he?”

Isengesho rya Hezekiya

14 Nuko Hezekiya afata urwandiko rwazanywe n’intumwa z’umwami wa Ashūru ararusoma. Hanyuma arujyana mu Ngoro y’Imana arushyira imbere y’Uhoraho.

15 Hezekiya ni ko gusenga ati

16 “Uhoraho Nyiringabo Mana y’Abisiraheli, wowe uganje hejuru y’abakerubi, ni wowe wenyine Mana igenga ingoma zose zo ku isi, kandi ni wowe Rurema w’ijuru n’isi.

17 Uhoraho, tega amatwi wumve! Uhoraho, rambura amaso urebe! Umva amagambo ya Senakeribu yuzuye ibitutsi agutuka wowe Mana nzima.

18 None rero Uhoraho, abami ba Ashūru batsembye abatuye amahanga bajagajaga ibihugu byabo,

19 imana zayo bazijugunya mu muriro, barazisenya kuko zitari imana nyakuri, ahubwo abantu bazibāje mu biti no mu mabuye.

20 Uhoraho Mana yacu, utuvane mu nzara za Senakeribu, bityo amahanga yose yo ku isi azamenya ko uri Uhoraho, kandi ko nta wuhwanye nawe.”

Ezayi ageza ubutumwa ku mwami

21 Nuko Ezayi mwene Amotsi ageza kuri Hezekiya igisubizo cy’Uhoraho Imana ya Isiraheli. Aramubwira ati: “Numvise isengesho ryawe wangejejeho ku byerekeye Senakeribu, umwami wa Ashūru.

22 None umva icyo muvugaho.

Abatuye i Siyoni baragusuzuguye,

baraguha urw’amenyo bakagushinyagurira.

Abaturage ba Yeruzalemu baraguseka,

baraguseka bakuzunguriza imitwe.

23 Ni nde watutse ukamwandagaza?

Ni nde wavugishije umurebana agasuzuguro?

Ni jyewe Umuziranenge wa Isiraheli!

24 Jyewe Nyagasani wanyoherereje intumwa zo kuntuka ziti:

‘Amagare yanjye y’intambara yangejeje mu mpinga z’imisozi,

nageze no mu bisi bya Libani.

Nahatemye amasederi maremare,

nahatemye amasipure meza cyane.

Nageze hose no mu mpinga z’ibisi byayo,

navogereye n’ishyamba ryayo kimeza.

25 Nafukuye amariba nywa ku mazi yayo,

nshobora no gukamya imigezi yose ya Misiri,

nzayikamya nkoresheje ikirenge!’

26 “None se Senakeribu, ntuzi ko nabigambiriye?

Uwo mugambi ni jyewe wawuteguye kuva kera,

none ngiye kuwusohoza.

Nari naguhaye inshingano yo gusenya imijyi ntamenwa,

uzayisenya ihinduke amatongo.

27 Abaturage bafite amaboko atentebutse,

bagize ubwoba kandi bakozwe n’ikimwaro.

Bameze nk’ubwatsi bwo mu gasozi,

bameze nk’ubwatsi butoshye bwo mu rwuri,

bameze nka bwa bwatsi bumera ku nzu,

bameze nk’umurima waraye.

28 Erega wowe Senakeribu ndakuzi!

Nzi neza imyifatire yawe n’ibikorwa byawe byose,

ndakuzi iyo wikubise ukandakarira.

29 Koko warikubise urandakaza,

numvise agasuzuguro kawe.

Nzafatisha impeta ku zuru ryawe,

nzashyira akumamu kanwa kawe,

bityo nzagusubiza aho waturutse.

30 “Naho wowe Hezekiya, dore ikizakubera ikimenyetso kiranga ibyo mvuga. Uyu mwaka abantu bazarya umwero w’ibyimejeje, umwaka utaha na wo ni uko. Mu mwaka wa gatatu ni bwo muzabiba mugasarura, muzahinga imizabibu mutungwe n’imbuto zayo.

31 Abayuda barokotse bazongera gushinga imizi, basagambe nk’igiti gihunze imbuto mu mashami yacyo.

32 Koko rero i Yeruzalemu hazaboneka itsinda ry’abasigaye, ku musozi wa Siyoni hazaboneka abacitse ku icumu.”

Ezayi yungamo ati: “Ibyo Uhoraho Nyiringabo azabikorana ishyaka.

33 None rero ku byerekeye umwami wa Ashūru, Uhoraho aragira ati: ‘Ntabwo azinjira muri uyu murwa, ntabwo azigera awurasaho umwambi, ntabwo azawutera yifashishije ingabo. Ntabwo azarunda igitaka ngo yurire inkuta ziwuzengurutse.

34 Azasubirayo anyuze inzira yamuzanye, ntazigera yinjira muri uyu murwa. Ni jyewe Uhoraho ubivuze.

35 Nzarinda uyu murwa, ndokore abaturage bawo ngirira ko ndi Uhoraho, mbigirira kandi n’umugaragu wanjye Dawidi.’”

Abanyashūru bahunga, Senakeribu yicwa

36 Iryo joro umumarayika w’Uhoraho anyura mu nkambi y’Abanyashūru, yica abantu ibihumbi ijana na mirongo inani na bitanu. Bukeye abaturage babyutse, basanga Abanyashūru bose bapfuye.

37 Senakeribu umwami wa Ashūru asubira iwe atura i Ninive.

38 Igihe Senakeribu yaramyaga imana ye Nisiroki, abana be Adurameleki na Shareseri bamwicisha inkota. Hanyuma bahungira mu gihugu cya Ararati, undi muhungu we Esarihadoni amusimbura ku ngoma.

Categories
Ezayi

Ezayi 38

Uburwayi bw’Umwami Hezekiya no gukira kwe

1 Muri icyo gihe Hezekiya ararwara yenda gupfa. Umuhanuzi Ezayi mwene Amotsi ajya kumusura aramubwira ati: “Uhoraho aravuze ngo: ‘Itegure urage abo mu rugo rwawe, kuko utazakira iyi ndwara.’”

2 Hezekiya arahindukira areba ivure, yambaza Uhoraho ati:

3 “Uhoraho, ibuka uko nagukoreye n’umurava mbikuye ku mutima. Ntabwo nahwemye gukora ibikunogeye.” Hezekiya araturika ararira.

4 Uhoraho abwira Ezayi ati:

5 “Genda ubwire Hezekiya uti: ‘Jyewe Uhoraho Imana ya sokuruza Dawidi, numvise isengesho ryawe kandi nabonye amarira yawe. Ubuzima bwawe mbwongereyeho imyaka cumi n’itanu.

6 Wowe n’abatuye uyu murwa nzabakiza umwami wa Ashūru, ndetse nzarinda uyu murwa.’ ”

7 Ezayi aramubwira ati: “Uhoraho ari buguhe ikimenyetso kikwemeza ko azasohoza icyo yasezeranye.

8 Dore igicucu cy’izuba kiri ku ngazi ya Ahazi, kigiye kuva aho kiri gisubire inyuma ho intambwe icumi.” Nuko cya gicucu cy’izuba gisubira inyuma ho intambwe icumi.

Isengesho rya Hezekiya

9 Dore igisigo cya Hezekiya umwami w’u Buyuda amaze gukira indwara. Yaravuze ati:

10 “Nibwiraga ko ngiye gukenyuka,

nibwiraga ko ngiye ikuzimu ntarangije imyaka yanjye yo kubaho.

11 Nibwiraga ko ntazongera kubona Uhoraho nkiri ku isi,

nibwiraga ko ntazongera kubona umuntu mu batuye isi izashira.

12 Icumbi ryanjye ryarashenywe,

ryajugunywe kure yanjye nk’ihema ry’umushumba.

Koko ngeze ku iherezo ry’ubuzima,

wagabanyije ubuzima bwanjye nk’umwenda wakaswe,

umbabaza ku manywa na nijoro.

13 Ndara ntaka kugeza mu gitondo,

Uhoraho yajanjaguye amagufwa yanjye nk’intare,

ambabaza ku manywa na nijoro.

14 Ndajwigira nk’intashya cyangwa igishwi,

ndaguguza nk’inuma.

Singishoboye guhanga amaso ijuru,

Nyagasani, ndagowe ntabara.

15 None se kandi mvuge iki, ko ari wowe wabimbwiye?

Koko ni wowe wabikoze.

Mu kubaho kwanjye kose nzicisha bugufi,

nzicisha bugufi kubera agahinda kanshengura.

16 Nyagasani, ibyo wakoze bituma abantu babaho,

ku bw’ibyo byose nanjye nzabaho,

bityo uzangarurira ubuzima mbeho.

17 Koko umubabaro wanjye uwuhinduyemo umunezero,

wowe ubwawe washimishijwe no kumvana ikuzimu,

ibyaha byanjye byose wabijugunye kure yawe.

18 Uhoraho, abari ikuzimu ntibabasha kuguha ikuzo,

abapfuye ntibabasha kugusingiza,

ntibashobora kukugirira icyizere.

19 Abazima ni bo bagusingiza,

bagusingiza nk’uko mbikora,

ababyeyi bamenyesha abana babo umurava wawe.

20 Uhoraho warankijije,

bityo mu mibereho yacu yose tuzakuririmbira,

tuzakuririmbira ducuranga inanga mu Ngoro yawe.”

Uko Hezekiya yakize uburwayi bwe

21 Ezayi aravuga ati: “Nibategure umubumbe w’imbuto z’umutini, maze bawushyire ku kibyimba cy’umwami kugira ngo akire.”

22 Hezekiya aramubaza ati: “Mbese ni ikihe kimenyetso kibasha kunyemeza ko nzasubira mu Ngoro y’Uhoraho?”

Categories
Ezayi

Ezayi 39

Hezekiya yakira intumwa zivuye muri Babiloniya

1 Muri icyo gihe umwami wa Babiloniya, Merodaki-Baladanimwene Baladani, yoherereza Hezekiya intumwa zijyanye inzandiko n’impano, kuko yari yumvise ko arwaye none akaba yarakize.

2 Hezekiya anezezwa no kubakira, abatambagiza mu nzu y’ububiko yarimo ifeza n’izahabu, n’imibavu n’amavuta y’agaciro. Abatambagiza no mu bubiko bwose bw’intwaro, n’ahandi hose mu nzu habitswe umutungo we. Hezekiya ntiyagira ikintu na kimwe abahisha mu ngoro ye no mu gihugu cye cyose.

3 Hanyuma umuhanuzi Ezayi aramusanga aramubaza ati: “Bariya bantu bakubwiraga iki? Ese ubundi bari baturutse he?”

Hezekiya aramusubiza ati: “Bari baturutse kure cyane muri Babiloniya.”

4 Ezayi aramubaza ati: “None se babonye iki mu ngoro yawe?”

Hezekiya aramusubiza ati: “Babonye ibiyirimo byose, nta na kimwe ntaberetse cyo mu bubiko bwanjye.”

5 Ezayi abwira Hezekiya ati: “Umva icyo Uhoraho Nyiringabo avuze:

6 ‘Igihe kizagera ibiri mu ngoro yawe byose, n’ibyo ba sokuruza barundanyije mu gihe cyabo kugeza ubu, byose bizasahurwe bijyanwe i Babiloni. Nta na kimwe kizasigara.’ Uko ni ko Uhoraho avuze.

7 ‘Ndetse bazajyana bamwe mu rubyaro rwawe bwite, babagire inkone zizajya zikorera umwami wa Babiloniya mu ngoro ye.’ ”

8 Hezekiya asubiza Ezayi ati: “Ni byiza kungezaho iryo jambo ry’Uhoraho.” Koko rero yaribwiraga ati: “Mu gihe nzaba nkiriho, amahoro n’umutekano bizagumaho.”

Categories
Ezayi

Ezayi 40

Nimuhumurize ubwoko bwanjye

1 Nimuhumurize ubwoko bwanjye,

nimubuhumurize ni ko Imana yanyu ivuze.

2 Nimubwirane ubugwaneza abantu b’i Yeruzalemu,

nimubamenyeshe ko agahato barimo karangiye,

ibicumuro byabo birababariwe,

Uhoraho yabahannye bihagije kubera ibyaha byabo.

3 Nimwumve ijwi ry’urangururira mu butayu ati:

“Nimutunganye inzira y’Uhoraho,

nimuringanirize Imana yacu inzira mu kidaturwa.

4 Imibande yose izigizwa hejuru,

imisozi yose n’udusozi bizitswa,

inzira zigoramye zizagororwa,

izasibye zizasiburwa.

5 Ikuzo ry’Uhoraho rizahishurwa,

abantu bose bazaribona.”

Uko ni ko Uhoraho avuze.

6 Ndumva ijwi ry’uvuga ati:

“Ngaho tangaza ubutumwa.”

Ndamubaza nti: “Ni ubuhe butumwa ntangaza.”

Aransubiza ati: “Tangaza ibi:

‘Abantu bose bameze nk’ibyatsi,

ntibarama ni nk’indabyo zo ku gasozi.

7 Ibyatsi biruma, indabyo zikarabirana,

iyo Uhoraho abihushyeho birarabirana.

8 Koko rero abantu ni nk’ibyatsi,

ibyatsi biruma indabyo zikarabirana,

nyamara Ijambo ry’Imana yacu rihoraho.’ ”

Inkuru nziza ku batuye Siyoni

9 Abazanye inkuru nziza i Siyoni nimuzamuke umusozi muremure,

abazanye inkuru nziza i Yeruzalemu nimurangurure ijwi,

nimurangurure mushize ubwoba,

nimubwire abo mu mijyi y’u Buyuda muti:

“Imana yanyu iraje.”

10 Koko Nyagasani Uhoraho Nyir’imbaraga araje,

aje afite ububasha bwo gutegeka,

dore azanye n’abantu yacunguye.

11 Azaragira umukumbi we nk’umushumba,

azakoranya abantu be,

azababumbatira nk’abana b’intama,

azabayobora neza nk’intama zonsa.

Ubuhangange n’ubwenge by’Umugenga w’isi

12 Ni nde wapima inyanja akoresheje ikiganza?

Ni nde wapimisha ijuru ukuboko kwe?

Ni nde wapimisha icyibo ubutaka bwo ku isi?

Ni nde wapima imisozi n’udusozi ku minzani?

13 Ni nde wabasha gusobanukirwa Mwuka w’Uhoraho?

Ni nde wamugira inama akamwigisha?

14 Ni nde Uhoraho yagishije inama ngo asobanukirwe?

Ni nde wamwigishije imigenzereze itunganye?

Ni nde wamwigishije ubumenyi n’ubuhanga?

15 Amahanga ni ubusa imbere y’Uhoraho,

ni nk’igitonyanga cy’amazi kiguye mu ndobo,

ni nk’agakungugu kafashe ku minzani,

kuri we ibirwa ni nk’umukungugu.

16 Inyamaswa zo muri Libani ntizihagije gutambwa ho ibitambo,

ibiti by’amashyamba y’aho na byo ntibihagije gutwika ibitambo bimukwiye.

17 Amahanga yose ni ubusa imbere ye.

Koko kuri we amahanga yose ni ubusa nta cyo amaze.

Imana ntigereranywa

18 Imana mwayigereranya na nde?

Ni iki mwayigereranya na yo?

19 Mbese mwayigereranya n’ikigirwamana cyakozwe n’abantu?

Ese mwayigereranya n’ikigirwamana cyometsweho izahabu,

cyatatsweho imikufi y’ifeza?

20 Abakene bo ntibashobora kubona bene icyo kigirwamana,

bityo bahitamo igiti kitamungwa,

bagiha umubaji w’umuhanga,

akibabarizamo ikigirwamana kitajegejega.

21 Mbese ntimwari mubizi?

Ese ntabwo mwigeze mubyumva?

Ntimwabimenyeshejwe se kuva kera?

Ntimwigeze mumenya igihe isi yaremewe?

22 Uwo ni we uganje hejuru y’isi,

abona abayituye bameze nk’inzige.

Yabambye ijuru nk’umwenda munini,

yaribambye nk’ihema kugira ngo arituremo.

23 Abanyacyubahiro bo ku isi abagira ubusa busa,

abategetsi b’isi abagira imburamumaro.

24 Nubwo baba bakomeye ku butegetsi,

nubwo baba ari ibirangirire,

nubwo baba barashinze imizi,

Uhoraho abahuhaho bakarabirana,

serwakira ibagurukana nk’ibyatsi.

25 Umuziranenge arabaza ati:

“Ni nde mwangereranya na we?

Mbese hari uwo duhwanye?”

26 Nimwubure amaso murebe ku ijuru,

ni nde waremye ziriya nyenyeri?

Ni uwazishyize mu byiciro byazo akazita amazina.

Afite imbaraga nyinshi n’ububasha bukaze,

bityo nta nyenyeri n’imwe ishobora kuzimira.

Abanyantegenke bazasubizwa imbaraga

27 Mwa Bisiraheli bene Yakobo mwe, kuki muvuga muti:

“Uhoraho ntagenzura imigenzereze yacu,

Imana yacu ntishinzwe uburenganzira bwacu”?

28 Mbese ntimwari mubizi?

Ese ntabwo mwigeze mubyumva?

Uhoraho ni Imana iteka ryose,

ni we wahanze impera z’isi,

ntiyigera acika intege cyangwa ngo ananirwe,

ubuhanga bwe nta waburondora.

29 Asubiza umunyantegenke imbaraga,

akomeza unaniwe.

30 Abasore barananirwa bagacogora,

abagabo b’intwari na bo baradohoka.

31 Nyamara abiringira Uhoraho bazasubizwa imbaraga,

bazitera hejuru nka za kagoma ziguruka,

baziruka be kunanirwa,

bazagenda be kudohoka.