Categories
Ezayi

Ezayi 21

Irimbuka rya Babiloni

1 Ubu ni ubutumwa bwagenewe abaturiye ubutayu bwegereye inyanja.

Nk’uko serwakira yambukiranya mu majyepfo,

ni ko umwanzi aturutse mu butayu cya gihugu giteye ubwoba.

2 Neretswe ibiteye ubwoba:

Umugambanyi akomeje kugambana,

umusahuzi na we arasahura,

Abanyelamu bagabye igitero,

Abamedi bagose umujyi.

Uhoraho aravuze ati:

“Nzazimanganya imibabaro yose yatewe na Babiloni.”

3 Ibyo neretswe binteye ubwoba bwinshi,

ndababara nk’umugore uri ku bise,

ibyo numva binteye ubwoba,

ibyo mbona bitumye mpinda umushyitsi.

4 Nacitse intege ndadagadwa kubera ubwoba,

nifuje amafu ya nimugoroba,

nyamara na yo yanteye ubwoba.

5 Ibyokurya byateguwe, ibirago byashashwe,

abantu bararya kandi baranywa.

Ako kanya humvikana ijwi rivuga riti:

“Nimuhaguruke bagaba b’ingabo,

nimutegure intwaro zanyu.”

6 Koko rero Uhoraho arambwiye ati:

“Genda ushyireho umurinzi,

amenyeshe abantu ibyo abona.

7 Nabona amagare y’intambara akururwa n’amafarasi,

nabona abagendera ku ndogobe no ku ngamiya,

yitonde yitegereze neza.”

8 Nuko uwo munyezamu arangurura ijwi ati:

“Databuja, mba ndi ku izamu umunsi wose,

ndigumaho ndetse n’ijoro ryose.

9 None dore ibyo mbona:

haje umuntu uri mu igare rikururwa n’amafarasi abiri.”

Uwo munyezamu arongera ati:

“Babiloni irarimbutse, Babiloni irarimbutse!

Ibigirwamana byayo byose bihindutse ivu.”

10 Bwoko bwanjye, mwebwe mwahondaguwe nk’imyaka ku mbuga,

ndababwira ibyo numvise,

ibyo nabwiwe n’Uhoraho Nyiringabo, Imana ya Isiraheli.

Ubutumwa bwagenewe Edomu

11 Ubu ni ubutumwa bwagenewe Edomu.

Ijwi riturutse i Seyiririmbaza riti:

“Mbese munyezamu, ijoro rigeze he?

Mbese munyezamu, ijoro rigeze he?”

12 Nuko ndasubiza nti:

“Bugiye gucya bwongere bwire,

niba ushaka kongera kumbaza ugaruke.”

Ubutumwa bwagenewe Arabiya

13 Ubu ni ubutumwa bwagenewe Arabiya.

Yemwe bagenzi b’i Dedani,

muzarara mu bihuru by’inzitane byo muri Arabiya.

14 Mwebwe abatuye i Tema, nimushyire amazi abishwe n’inyota,

nimushyire impunzi ibyokurya.

15 Koko bahunze inkota yavuye mu rwubati,

bahunze imiheto n’intambara ikaze.

16 Koko rero Uhoraho arambwiye ati: “Mu mwaka umwe gusa, utarengaho n’umusi n’umwe, ubuhangange bwose bwa Kedaribuzayoyoka.

17 Hazasigara abantu mbarwa mu barwanisha imiheto b’ingabo z’i Kedari.” Uko ni ko Uhoraho Imana ya Isiraheli avuze.

Categories
Ezayi

Ezayi 22

Ubutumwa bwagenewe Yeruzalemu

1 Ubu ni ubutumwa bwagenewe Umubande w’ibonekerwa.

Baturage b’i Yeruzalemu,

kuki mwese mwuriye hejuru y’amazu?

2 Ni kuki muvuza urwamo mwishimye,

ni kuki abantu bose mu mujyi banezerewe?

Mbese abanyu baguye ku rugamba ntibicishijwe inkota?

3 Abakuru banyu bose bahunze,

bafashwe batarafora imiheto yabo,

bose bafashwe nubwo bari bahungiye kure.

4 Ni yo mpamvu nababwiye nti:

“Nimundeke ndire mpogore,

ndirire abantu banjye barimbutse,

ntimwirushye ngo murampoza.

5 Koko rero Nyagasani Uhoraho Nyiringabo yaduteje akaga,

yaduteje imidugararo no gutsindwa.

Mu Mubande w’ibonekerwa inkuta zasenyutse,

induru yabaye ndende igera mu misozi.

6 Ingabo z’Abanyelamu zitwaje imiheto n’imyambi,

ziragenda ku mafarasi no ku magare y’intambara,

abarwanyi b’i Kiri na bo bitwaje ingabo.

7 Mwa batuye i Yeruzalemu mwe,

ibibaya byanyu byiza byuzuye amagare n’amafarasi y’intambara,

dore yashinze ibirindiro ku marembo y’umujyi.

8 Koko rero u Buyuda nta gitabara bugifite,

uwo munsi mwarangamiye intwaro zo mu Ngoro y’Ishyamba.

9 Mwiboneye ibyuho byaciwe mu nkuta zizengurutse Umurwa wa Dawidi,

mwahunitse amazi mu kizenga cy’amajyepfo.

10 Mwabaruye amazu y’i Yeruzalemu,

mwashenye amwe muri yo ngo musane inkuta zayo.

11 Mwubatse ikizenga hagati y’inkuta zombi,

mwacyubakiye guhunika amazi ava mu kizenga cya kera.

Nyamara ntimwitaye ku Uwaremye byose,

ntimwitaye ku Uwabiteguye kuva kera kose.

12 Icyo gihe Nyagasani Uhoraho Nyiringabo yarabahamagaye,

yabahamagariraga kurira no kuganya,

yabahamagariye kwimoza umusatsi no kwambura imyambaro igaragaza akababaro.

13 Nyamara dore ibyishimo byarabasagutse,

murakinja ibimasa mukica intama,

murarya inyama mukanywa divayi muvuga muti:

‘Nimureke twirire kandi twinywere,

nta kabuza ejo tuzapfa.’ ”

14 Uhoraho Nyiringabo yarabimpishuriye avuga ati:

“Ndarahiye, ntibazigera bababarirwa iki cyaha,

bazapfa batakibabariwe.”

Uko ni ko Nyagasani Uhoraho Nyiringabo avuze.

Imiburo yagenewe Shebuna

15 Nyagasani Uhoraho Nyiringabo yaravuze ati: “Jya kwa Shebuna, umutware w’ingoro y’umwami umubwire uti:

16 ‘Urakora iki aha?

Ni nde mufitanye isano?’

Koko rero wahicukuriye imva mu rutare ahirengeye,

ni nde waguhaye uburenganzira bwo kuyicukura?

17 Wa munyambaraga we, Uhoraho azakuvunagura,

azakuvunagura akujugunye kure.

18 Azakujugunya nk’ujugunya umupira,

azakohereza mu gihugu kigari,

uzapfira bugufi bw’amagare yawe y’intambara,

bityo uzakoza isoni inzu ya shobuja.”

19 Uhoraho aravuga ati:

“Nzagukura ku mwanya wawe nkwambure ubutegetsi.

20 Icyo gihe nzatuma umugaragu wanjye,

uwo ni we Eliyakimu mwene Hilikiya.

21 Nzamwambika umwambaro wawe w’ubutegetsi,

nzamukenyeza umukandara muhe ubutegetsi bwawe,

azaba umubyeyi w’ab’i Yeruzalemu no mu Buyuda.

22 Nzamuha urufunguzo rw’inzu ya Dawidi,

icyo azafunga nta wuzagifungura,

icyo azafungura nta wuzagifunga.

23 Nzamugira ukomeye,

azamera nk’inkingi ishimangiye cyane,

azaba isōko y’ikuzo ku muryango we wose.

24 Ikuzo ry’umuryango we rizaza kuri we,

abato n’abakuru ni we bazishingikirizaho,

bazaba nk’ibikoresho bishyizwe ku meza.”

25 Uhoraho Nyiringabo aravuga ati:

“Icyo gihe ya nkingi izakuka yikubite hasi,

bityo iryo rizaba iherezo ry’ibyari biyimanitseho.”

Categories
Ezayi

Ezayi 23

Ubutumwa bwagenewe Fenisiya

1 Ubu ni ubutumwa bwagenewe Tiri.

Nimurire batware b’amato ajya i Tarushishi,

nimurire kuko umujyi wanyu Tiri urimbutse,

nta nzu isigaye, nta n’icyambu.

Iyo nkuru yavuye i Shipure.

2 Mwebwe abaturiye inyanja nimuceceke,

mwe bacuruzi b’i Sidoni nimwumirwe,

mwe mwakungahajwe n’ibizanywe n’abasare nimuceceke.

3 Inyungu zanyu zavaga mu mbuto zo mu kibaya cya Nili,

zanyuzwaga mu mazi magari,

aho ni ho hari isoko mpuzamahanga.

4 Sidoni, korwa n’isoni,

wowe mujyi ntamenwa wo ku nyanja, korwa n’ikimwaro.

Inyanja iravuga iti: “Sinigeze njya ku nda,

sinigeze mbyara abahungu cyangwa abakobwa.”

5 Misiri niyumva ko Sidoni yashenywe izababara cyane.

6 Mwebwe abaturage b’i Fenisiya nimurire,

nimuhungire i Tarushishi.

7 Mbese uriya ni wa mujyi wanyu wahoze uhinda?

Ese waba wa mujyi wubatswe kera cyane?

Waba se ari wa mujyi woherezaga abantu bawo kwigarurira ibihugu?

8 Ni nde wafashe umugambi wo guhana Tiri?

Uwo mujyi wahoze wimika abami,

abacuruzi bawo bari abanyacyubahiro bubahwa n’isi yose.

9 Ni Uhoraho Nyiringabo wafashe uwo mugambi,

ni we wabigambiriye kugira ngo atsembe agasuzuguro ka Tiri,

bityo akoze isoni abanyacyubahiro bayo.

10 Baturage b’i Tarushishi, nimwihingire ubutaka bwanyu,

dore nta byambu by’ubucuruzi mugifite.

11 Uhoraho yibasiye inyanja,

yahindishije ibihugu umushyitsi,

yategetse ko basenya imijyi ntamenwa y’i Fenisiya.

12 Uhoraho yaravuze ati:

“Bantu b’i Sidoni mwarakandamijwe,

ntimuzongera kunezerwa ukundi.

Nimunahungira i Shipure ntimuzagira amahoro.

13 Reba igihugu cya Babiloniya ntikigituwe,

Abanyashūru bakigize indiri y’inyamaswa,

Abanyababiloniya bari barubatse iminara n’amazu ntamenwa,

nyamara byahindutse amatongo.

14 Nimurire basare b’amato ajya i Tarushishi,

umujyi ntamenwa mwishingikirizagaho wasenyutse.”

15 Ubwo Tiri izibagirana igihe cy’imyaka mirongo irindwi, igihe gihwanye n’imyaka y’ubuzima bw’umwami. Nyuma y’iyo myaka mirongo irindwi, Tiri izamera nk’indaya ivugwa muri iyi ndirimbo:

16 “Yewe wa ndaya we yibagiranye,

fata inanga uzenguruke umujyi.

Curanga wimazeyo uririmbe cyane,

uririmbe cyane kugira ngo bazakwibuke.”

17 Nyuma y’iyo myaka mirongo irindwi, Uhoraho azagoboka Tiri. Izongera kuba indaya igirane ubucuruzi n’amahanga yose yo ku isi.

18 Umutungo bazagira bazawegurira Uhoraho. Ntibazawubika kure, nyamara abasenga Uhoraho ni bo bazawukoresha bagura ibyokurya byinshi n’imyambaro myiza.

Categories
Ezayi

Ezayi 24

Uhoraho azahana abatuye isi

1 Dore Uhoraho agiye konona isi ayihindure umusaka,

agiye gutesha isi agaciro atatanye abayituye.

2 Akaga kazagera ku muntu wese,

kazagera kuri rubanda no ku mutambyi,

kazagera ku nkoreragahato no kuri shebuja,

kazagera ku muja no kuri nyirabuja,

kazagera ku muguzi no ku ugurisha,

kazagera ku ugurizwa no ku uguriza,

kazagera ku uwishyuzwa no ku uwishyuza.

3 Isi izononekara ihinduke umusaka rwose.

Uko ni ko Uhoraho avuze.

4 Isi iri mu cyunamo ihindutse amatongo,

koko isi irononekaye ihindutse amatongo,

izarimbukana n’ibikomerezwa byayo.

5 Isi yandavujwe n’abayituye,

koko bishe amategeko y’Uhoraho,

ntibubahirije amateka ye,

bishe n’Isezerano rihoraho yagiranye na bo.

6 Ni yo mpamvu umuvumo uyogoje isi,

bityo abayituye bari mu kaga kubera ibicumuro byabo.

Ni yo mpamvu abatuye isi barimbutse,

basigaye ari mbarwa.

7 Imizabibu irarabiranye, nta divayi izongera kuboneka,

abari banezerewe bose barababaye.

8 Ibyishimo bivanze n’umurishyo w’ingoma birayoyotse,

urusaku rw’ibyishimo rurarangiye,

amajwi aneneje y’inanga aracwekereye.

9 Ntibakinywa divayi banezerewe,

inzoga zirabarurira.

10 Umujyi wabaye ikidaturwa,

nta wubasha kuwinjiramo.

11 Mu mayira baraganya ko nta divayi ikiboneka,

ibyishimo byarayoyotse,

nta munezero ukirangwa mu gihugu.

12 Umujyi ubaye amatongo,

amarembo yawo yasenyutse.

13 Koko rero ni ko bizagendekera isi n’abayituye,

bazamera nk’iminzenze nyuma y’isarura,

bazamera nk’imizabibu igihe bahumbahumba imbuto.

Ibyishimo bije mbere y’igihe

14 Abacitse ku icumu bahanitse amajwi,

bararirimba ikuzo ry’Uhoraho,

kuva iburengerazuba basabwe n’ibyishimo.

15 Ab’iburasirazuba n’abo mu birwa barasingiza Uhoraho,

barasingiza Uhoraho Imana ya Isiraheli.

16 Kuva ku mpera z’isi bararirimba bati:

“Ikuzo nirihabwe Imana Nyir’ubutungane.”

Nyamara ndibwira nti: “Kambayeho!

Kambayeho! Ngushije ishyano!”

Abagambanyi bakomeje kugambana.

17 Mwa batuye isi mwe, ubwoba n’ikuzimu n’umutego birabategereje,

18 uzahunga induru y’iterabwoba azagwa mu rwobo,

uzarokoka urwobo azafatwa mu mutego.

Ingomero zo ku ijuru zizafunguka,

imfatiro z’isi na zo zizanyeganyega.

19 Isi iziyasa, imenagurike kandi itingite.

20 Isi izadandabirana nk’umusinzi,

izahungabana nk’akaruri,

abayituye bazazira ibyaha byabo,

bazagwa be kongera kwegura umutwe.

Iherezo ry’ingoma z’isi, intangiriro y’ingoma y’Imana

21 Icyo gihe Uhoraho azahana ibinyabubasha byo ku ijuru,

azahana n’abami bo ku isi.

22 Bazarundanywa nk’abanyururu muri gereza,

bazafungirwa muri gereza hanyuma bahanwe.

23 Ukwezi n’izuba ntibizamurika,

koko Uhoraho Nyiringabo azaba umwami w’i Siyoni n’i Yeruzalemu,

ikuzo rye rizigaragariza abakuru b’imiryango.

Categories
Ezayi

Ezayi 25

Uhoraho ni ubuhungiro bw’abayoboke be

1 Uhoraho, ni wowe Mana yanjye,

nzaguhimbaza nsingize izina ryawe.

Koko rero wakoze ibitangaje kubera umurava wawe,

imigambi yawe kuva kera ni iyo kwizerwa.

2 Imijyi wayihinduye ikirundo cy’amabuye,

umujyi ntamenwa wawugize amatongo.

Umujyi ntamenwa w’abanyamahanga wararimbutse,

ntuzongera kubakwa ukundi.

3 Amoko akomeye azagusingiza,

abategetsi b’abagome bazakubaha.

4 Koko uri ubuhungiro bw’abanyantegenke,

uri ubuhungiro bw’abakene bari mu kaga,

uri ubwugamo igihe cy’imvura y’umugaru,

uri ubwikingo igihe cy’icyokere.

Koko uburakari bw’abagome ni nk’imvura y’umugaru ihirika urukuta,

5 bumeze nk’ubushyuhe ku butaka bwumiranye.

Nyamara wowe Uhoraho, ucecekesha abagome,

ubacecekesha nk’uko igicu gicogoza ubukare bw’izuba,

bityo uburizamo imihigo y’abagome.

Ibirori byateguriwe amoko yose

6 Uhoraho Nyiringabo azakoresha ibirori ku musozi wa Siyoni,

azakorera ibirori abantu b’amoko yose,

azabagaburira ibyokurya biryoshye,

azabaha na divayi nziza cyane.

7 Kuri uwo musozi Uhoraho azakuraho akaga,

azakuraho akaga kari kugarije amoko yose,

azakuraho akababaro kari kugarije amahanga yose.

8 Uhoraho azatsemba urupfu burundu,

Nyagasani Uhoraho azahanagura amarira ku maso yose,

Ubwoko bwe azabukuraho ikimwaro imbere y’amahanga yose.

Uko ni ko Uhoraho avuze.

Ibyishimo bya Isiraheli,

9 Icyo gihe bazavuga bati: “Uhoraho ni Imana yacu,

twaramwiringiye aradukiza,

twaramwiringiye nimucyo tunezerwe, twishimire agakiza ke.”

Imana izahana Mowabu

10 Uhoraho azarinda umusozi wa Siyoni,

nyamara Mowabu azayiribata,

azayiribata imere nk’ibishingwe biri mu ngarani.

11 Bazarambura amaboko nk’abakura umusomyo,

nyamara nubwo bagerageza gukoresha imbaraga,

Imana izabacisha bugufi.

12 Mowabu we, Uhoraho azasenya inkuta ntamenwa zawe,

azazihirika zitembagare hasi.

Categories
Ezayi

Ezayi 26

Umujyi wagizwe ntamenwa

1 Icyo gihe abatuye u Buyuda bazaririmba bati:

“Dufite umujyi ukomeye,

Imana ni yo irinda inkuta zawo.

2 Nimukingure amarembo,

nimureke intungane z’inyamurava zinjire.

3 Uhoraho, uzaha amahoro asesuye ufite imigambi ihamye,

uzamuha amahoro kuko akwiringira.

4 Nimwiringire Uhoraho iteka ryose,

ni we rutare ruhora rudukingiye.

5 Koko rero, acisha bugufi abishyira hejuru,

asenya umujyi ukomeye,

arawuhirika ugatembagara hasi.

6 Abakene bazawuribata,

abanyantegenke bazawunyukanyuka.”

Isengesho ryo mu bihe bya nyuma

7 Uhoraho ni umunyamurava,

ni we uboneza imigenzereze y’intungane,

koko imigenzereze y’intungane iraboneye.

8 Mu migenzereze udutegeka,

ni wowe twishingikiriza,

izina ryawe ni ryo twiyambaza.

9 Ijoro ryose ndakuzirikana,

ngushakashaka mbikuye ku mutima.

Ibyemezo wafashe nibyubahirizwe ku isi,

bityo abayituye bazabonereho kuba intungane.

10 Nyamara umugome iyo agiriwe imbabazi,

ntiyigera aba intungane,

akomeza gukora nabi mu gihugu kiganjemo ubutungane,

ntiyigera aha Uhoraho ikuzo.

11 Uhoraho, abanzi ntibazi ko ugiye kubahana,

nyamara bazabona ishyaka urwanirira ubwoko bwawe bakorwe n’isoni,

bazatsembwa n’umuriro wagenewe abanzi bawe.

12 Uhoraho, ni wowe uduha amahoro,

ni wowe utuma dusohoza imigambi yacu.

13 Uhoraho Mana yacu, hari abandi bigeze kudutegeka,

nyamara ni wowe wenyine twiyambaza.

14 Abo bandi barapfuye ntibazongera kubaho,

barapfuye ntibazazuka.

Warabahannye urabarimbura,

ntibazibukwa ukundi.

15 Uhoraho, watugize ubwoko bukomeye,

watugaragarije ikuzo ryawe,

wāguye imipaka y’igihugu cyacu.

16 Uhoraho, igihe twari mu kaga twaragushakashatse,

igihe uduhannye twaragutabaje.

17 Uhoraho, watugize nk’umugore uri ku nda,

umugore utakishwa n’ububabare bw’ibise.

18 Natwe twari mu mibabaro y’iramukwa,

nyamara nta cyo twabyaye,

ntitwashoboye kuzanira isi agakiza,

ntitwashoboye kongera umubare w’abantu ku isi.

Izuka ry’abapfuye

19 Abawe bapfuye bazongera kubaho,

imibiri yabo izazuka.

Abari ikuzimu nimukanguke musabagizwe n’ibyishimo,

nk’uko ikime kizana amafu ku isi,

uko ni ko Uhoraho azasubiza ubuzima abari barapfuye.

Urubanza n’imibereho mishya

20 Bantu banjye, nimujye mu mazu yanyu mufunge imiryango,

nimufunge imiryango mube mwihishemo igihe gito,

kugeza igihe uburakari bw’Uhoraho burangiye.

21 Dore Uhoraho asohotse iwe,

aje guhana abatuye isi kubera ibicumuro byabo.

Isi izagaragaza amaraso yayimenweho,

ntizongera gutwikira imirambo y’abishwe.

Categories
Ezayi

Ezayi 27

Gutsindwa kw’ikiyoka cyo mu nyanja

1 Icyo gihe Uhoraho azafata inkota ye nini, ikomeye kandi ityaye, ahane cya gikōko nyamunini cyo mu nyanja, ari cyo kiyoka kigaragura kandi kihuta, azica icyo kiyoka cyo mu nyanja.

Imizabibu y’Uhoraho

2 Icyo gihe Uhoraho azavuga ati:

“Nimutere indirimbo y’umuzabibu unejeje.

3 Jyewe Uhoraho ndawurinda nkawuvomerera buri gihe,

nywurinda ku manywa na nijoro ngo hatagira uwonona.

4 Sinkiwurakariye,

numeramo amahwa n’imifatangwe nzabitema mbitwike.

5 Nyamara abanzi banjye nibampungiraho,

tuzagirana amasezerano y’amahoro.”

Igihano n’imbabazi bya Isiraheli

6 Mu gihe kizaza urubyaro rwa Yakobo ruzagwira,

Abisiraheli bazororoka buzure isi.

7 Mbese Uhoraho yahannye Abisiraheli?

Yabahannye se nk’uko yagenje ababakandamizaga?

Yabishe se nk’uko yagenje ababicaga?

8 Yabamenesheje mu gihugu cyabo,

yabamenesheje akoresheje inkubi y’umuyaga w’iburasirazuba.

9 Bityo ibicumuro by’Abisiraheli bizahanagurwa,

ibyaha byabo bizababarirwa,

bizababarirwa nibarimbura intambiro zubatswe n’amabuye, bakazimenagura,

bazatsemba kandi inkingi zeguriwe Ashera n’igicaniro cy’imibavu.

10 Wa mujyi w’intamenwa uzahinduka umusaka,

uzahinduka ikidaturwa,

uzaba urwuri n’ibuga by’amatungo.

11 Amashami y’ibiti azuma avunagurike,

abagore bazayatashya bayacane.

Koko rero aba bantu ntibumva,

bityo Imana yabaremye ntizabagirira impuhwe cyangwa imbabazi.

Abajyanyweho iminyago bazatahuka

12 Icyo gihe guhera ku ruzi rwa Efurati kugeza ku kagezi ko ku mupaka wa Misiri,

Uhoraho azatarurukanya Abisiraheli umwe umwe,

azabatarurukanya nk’uko umuntu arundarunda imyaka amaze guhura.

13 Icyo gihe ikondera rinini rizavuga,

abari baratataniye muri Ashūru no mu Misiri bazagaruka,

bazasengera Uhoraho ku musozi yiyeguriye i Yeruzalemu.

Categories
Ezayi

Ezayi 28

Imiburo kuri Samariya

1 Samariya iragowe, yo kamba ry’ubwirasi bw’abasinzi b’Abisiraheli,

zizabona ishyano indabyo zarabiranye z’ubwiza bw’ikuzo ryayo,

uwo mujyi wubatse ku musozi uri hejuru y’ikibaya kirumbuka,

umujyi wabaye ikuzo ry’abazahajwe na divayi.

2 Dore Uhoraho yohereje umuntu w’umunyambaraga n’intwari,

ameze nk’imvura y’amahindu cyangwa umuyaga urimbura,

ameze nk’imvura nyinshi itera umwuzūre.

Uwo mujyi azawurimburira hasi akoresheje imbaraga.

3 Azaribata iryo kamba ry’ubwirasi bw’abasinzi b’Abisiraheli,

4 azaribata za ndabyo zarabiranye z’ubwiza bw’ikuzo ry’uwo mujyi,

umujyi wubatse ku musozi uri hejuru y’ikibaya kirumbuka.

Uwo mujyi uzamera nk’umutini uhishije mbere y’igihe,

abawubonye barawusoroma bagahita bawurya.

5 Icyo gihe Uhoraho Nyiringabo azaba ikamba ribengerana,

azabera abasigaye ikamba ryiza.

6 Abacamanza azabatoza guca imanza zitabera,

azaha ubutwari abarinda amarembo y’umujyi.

Abasinzi bakwena umuhanuzi

7 Abatambyi n’abahanuzi na bo barayobye kubera divayi,

dore baradandabirana kubera ubusinzi bw’inzoga,

inzoga zirabayobya, divayi yarabaheranye,

baradandabirana kubera ubusinzi bw’inzoga.

Ntibasobanukirwa ibyo beretswe,

baratandukira mu nyigisho zabo.

8 Ibirutsi byabo binuka bidendeje hose,

imyanda yabo yandagaye ahantu hose.

9 Barabazanya bati: “Mbese Ezayi arigisha nde?

Mbese ni nde ukeneye inyigisho ze?

Ese aho ntagira ngo turi abana bakiri ku ibere cyangwa bacutse?

10 Nyumvira na we aragira ati:

‘Nimugire mutya, nimuce aha, nimugane hariya.’ ”

11 Nyamara Uhoraho azabwira ubwoko bwe mu zindi ndimi,

ababwize akanwa k’abanyamahanga.

12 Uhoraho yari yarababwiye ati:

“Aha ni ho muzaruhukira,

nimureke abananiwe baruhuke

aha ni ahantu ho kuruhukira.”

Nyamara banze kumwumvira.

13 Bityo Ijambo ry’Uhoraho rizababera nka ya mvugo ngo: “Nimugire mutya, nimuce aha, nimugane hariya.” Igihe bazaba bagenda bazitura hasi bavunike, bazagwa mu mutego bawufatirwemo.

Ibuye nsanganyarukuta

14 Nimwumve mwa banyagasuzuguro mwe,

nimwumve mwe muyobora abantu b’i Yeruzalemu,

nimutege amatwi mwumve ibyo Uhoraho avuga.

15 Muravuga muti:

“Twagiranye isezerano n’urupfu,

twahanye igihango n’ikuzimu.

Bityo icyago nikiza ntikizatugeraho,

twishingikirije ku kinyoma n’uburiganya.”

16 Nyamara Uhoraho Imana aravuze ati:

“Ngiye gushyira muri Siyoni ibuye ritunganye,

ni ibuye nsanganyarukuta ry’ifatizo rifite agaciro.

Urifitemo icyizere ntazakorwa n’isoni.

17 Ubutabera nzabugira nk’igipimisho,

ubutungane nzabugira nk’impinyuzarukuta.”

Urubura ruzasenya ubwihisho bw’ikinyoma,

umwuzure uzahitana ubwihisho bwanyu.

18 Isezerano mwagiranye n’urupfu rizaseswa,

igihango mwahanye n’ikuzimu ntikizafata,

icyago nikiza kizabageraho.

19 Buri gihe uko kije kizabageraho,

koko kizaza mu gitondo, no ku manywa na nijoro,

abantu bazagira ubwoba nibumva ubu butumwa.

20 Bityo bizamera nk’aho uburiri bubabanye bugufi,

ikiringiti kibabanye gito.

21 Uhoraho azabahagurukira nk’uko yabigenje ku musozi wa Perasimu,

azabarakarira nk’uko yabigenje mu kibaya cy’i Gibeyoni,

bityo azasohoza umugambi we udasanzwe,

azarangiza umurimo we utangaje.

22 None rero nimureke guhinyura iyo miburo, hato mutava aho murushaho kwishyira mu kaga. Koko Nyagasani Uhoraho Nyiringabo yabimbwiye, yafashe icyemezo kidakuka cyo gutsemba igihugu cyose.

Ubuhanga bw’umuhinzi buturuka ku Mana

23 Nimutege amatwi munyumve,

nimwitondere ibyo ngiye kubabwira

24 Iyo umuhinzi agamije kubiba ntarambirwa,

ararima agatabira, agatunganya umurima.

25 Iyo amaze gutunganya umurima abiba umurama w’imboga,

abiba ingano z’ubwoko bwose,

abiba n’izindi mbuto z’impeke ku mbibi z’umurima.

26 Iyo mikorere ayikomora ku Mana ye,

Imana ni yo iyimwigisha.

27 Ushaka umurama w’imboga ntawusekura mu isekuru,

ahubwo awuhurisha ikibando.

28 Umuhinzi azi uburyo ahura ingano ze atazimenaguye,

azihonyoza uruziga rw’imashini,

nyamara yirinda kuzimenagura.

29 Iyo mikorere na yo ayikomora ku Uhoraho Nyiringabo,

inama ze ziratangaje, ubwenge bwe burahebuje.

Categories
Ezayi

Ezayi 29

Yeruzalemu yibagirana hanyuma ikibukwa

1 Uragowe Ariyeli, Ariyeli,

wowe Yeruzalemu umurwa Dawidi yigaruriye!

Komeza ukoreshe iminsi mikuru uko umwaka utashye,

2 nyamara amaherezo nzaguhana, Ariyeli we.

Uzarangwa n’amarira n’imiborogo,

uzahinduka nk’urutambiro.

3 Nanjye nzakugota impande zose,

nzakuzengurutsa ibirindiro by’ingabo,

nzagukikiza ibirundo by’igitaka.

4 Yeruzalemu we, uzacishwa bugufi cyane,

nuvuga uzamera nk’uvugira ikuzimu,

ijwi ryawe rizamera nk’iry’umuzimu ujwigirira ikuzimu.

5 Nyamara abanzi bawe benshi bazamera nk’umukungugu utumuka,

ababisha bawe batabarika bazamera nk’umurama utumuwe n’umuyaga.

6 Uhoraho Nyiringabo azakugoboka,

azaza ahinda nk’inkuba,

azaza mu mutingito no mu rusaku rukomeye,

azaza mu nkubi y’umuyaga no mu muriro utwika.

7 Amahanga menshi yarwanyaga Yeruzalemu n’umujyi ntamenwa wayo,

ayo mahanga yose azayoyoka nk’inzozi za nijoro.

8 Ayo mahanga yose yarwanyaga umusozi wa Siyoni,

azaba nk’umuntu ushonje akarota arya,

nyamara agakanguka ashonje.

Azamera nk’umuntu wishwe n’inyota akarota anywa,

nyamara akanguka yacitse intege, umuhogo wumye.

Ubuhumyi n’ubusinzi

9 Ngaho nimutangare maze mwumirwe,

nimwihindure impumyi mwe kubona,

nimube abasinzi nubwo mutanyoye divayi,

nimudandabirane nubwo mutanyoye inzoga.

10 Koko Uhoraho yarabarindagije,

mwa bahanuzi mwe, yabagize impumyi,

mwa bashishozi mwe, yabakojeje isoni.

11 Ibi byose mweretswe bibabereye nk’inyandiko ifungishijwe kashe baha umuntu uzi gusoma bati: “Soma iyi nyandiko.” Nuko akabasubiza ati: “Sinabishobora kuko ifungishijwe kashe.”

12 Hanyuma bakayiha utazi gusoma bati: “Soma iyi nyandiko”, maze akabasubiza ati: “Sinzi gusoma.”

13 Nyagasani aravuze ati:

“Aba bantu bampoza ku rurimi,

banyubahisha iminwa gusa,

ariko imitima yabo imba kure.

Barushywa n’ubusa bansenga,

inyigisho bigisha ni amategeko y’abantu gusa.

14 Nzakomeza mbakorere ibikorwa bitangaje,

bityo ubwenge bw’abanyabwenge babo buzashira,

ubuhanga bw’abahanga babo buzazima.”

Amizero y’ibihe bizaza

15 Bazabona ishyano abahisha Uhoraho imigambi yabo,

bazabona ishyano abakorera ibikorwa byabo mu bwiru.

Baravuga bati: “Nta wuzatubona ngo amenye ibyo dukora.”

16 Mwebwe mufata ibintu uko bitari,

mbese umubumyi yagereranywa n’ibumba?

Ishusho ntiyabwira uwayibaje iti:

“Si wowe wambaje.”

Ikibumbano nticyabwira uwakibumbye kiti:

“Nta cyo ushoboye.”

17 Mu gihe gito ishyamba rya Libani rizahinduka umurima urumbuka,

umurima warumbukaga uzahinduka ishyamba.

18 Icyo gihe ibipfamatwi bizumva ibisomwa mu gitabo,

impumyi na zo zizahumuka zirebe.

19 Abicisha bugufi bazanezezwa n’Uhoraho,

abakene bazasābwa n’ibyishimo,

bazabikesha Umuziranenge wa Isiraheli.

20 Icyo gihe abategekesha igitugu bazanyagwa,

abirasi bazakozwa isoni,

abiha gucumura bazarimburwa.

21 Abashinja abandi ibyaha bazarimburwa,

ababangamira ukuri mu manza bazarimbuka,

abahanisha intungane na bo bazarimburwa.

22 Ni yo mpamvu Uhoraho avugira abakomoka kuri Yakobo,

Imana yacunguye Aburahamu iravuga iti:

“Kuva ubu abakomoka kuri Yakobo ntibazongera gukorwa n’isoni,

ntibazongera kugaragarwaho n’umubabaro.

23 Koko bo n’abana babo bazabona ibyo nzabakorera,

bityo bazamenya ko ndi Umuziranenge,

bazamenya ko ndi Umuziranenge wa Yakobo,

bazanyubaha jyewe Imana ya Isiraheli.

24 Abari barahabye bazahabuka,

abari barigometse bazemera kwigishwa.”

Categories
Ezayi

Ezayi 30

Inkunga mburamumaro ya Misiri

1 Uhoraho aravuze ati:

“Bazabona ishyano abantu bigometse!

Abantu bacura imigambi itanturutseho,

bakora amasezerano anyuranyije n’ibyo nshaka,

bityo bongera ibyaha ku bindi.

2 Bajya mu Misiri batangishije inama,

bajya gutabaza umwami waho,

bajyanwa mu Misiri no gushaka ubuhungiro.

3 Nyamara umwami wa Misiri nta cyo azabamarira,

ubwo buhungiro buzabamwaza.

4 Koko abategetsi banyu bageze i Sowani,

intumwa zanyu zigeze i Hanesi.

5 Bose bazakozwa isoni n’icyo gihugu kitabagiriye akamaro,

igihugu kizabataba mu nama ntikigire icyo kibamarira,

ahubwo kizabamwaza kinabateshe agaciro.”

6 Ubu butumwa bwerekeye inyamaswa zo mu butayu bw’amajyepfo.

Dore intumwa zirambukiranya igihugu giteye ubwoba,

igihugu kibamo intare n’impiri n’ibikōko biguruka.

Izo ntumwa zitwara impano z’agaciro ku ndogobe no ku ngamiya,

zizishyīra Abanyamisiri batagize icyo batumarira.

7 Inkunga ya Misiri nta cyo imaze,

ni yo mpamvu nyihimbye izina ngo: “Rahabe, igikōko mburamumaro”.

Imiburo y’ibigiye kuzaba

8 Uhoraho yabwiye Ezayi ati:

“Genda wandike ku kibaho no mu gitabo imbere yabo,

wandike bizabe ubuhamya buhoraho iteka ryose.

9 Koko ubu bwoko ni abagome n’ababeshyi,

ntibashaka kumvira ibyemezo by’Uhoraho.

10 Babwira abashishozi bati: ‘Nimureke kubonekerwa!’

Babwira n’abahanuzi bati:

‘Ntimuzongere kutumenyesha ukuri.

Mujye mutubwira ibitunezeza,

mujye muduhanurira ibitari ukuri.’

11 Abantu babwira kandi abahanuzi bati:

‘Nimureke gukurikiza ukuri,

ntimuzongere kutubwira ibyerekeye Imana Umuziranenge wa Isiraheli.’ ”

Isenyuka ritagira kibuza

12 Imana Umuziranenge wa Isiraheli aravuze ati:

“Mwajugunye ubutumwa bwanjye,

mwishingikiriza ku rugomo n’ububeshyi.

13 Nta kabuza iryo kosa rizababera nk’urukuta,

urukuta rurerure rufite umututu munini,

rushobora gusenyuka rukikubita hasi.

14 Urwo rukuta nirwikubita hasi ruzamenagurika,

ruzamenagurika nk’ikibindi,

kirajanjagurika kigahinduka ishingwe,

ntigisigaza n’agasate ko kurahuza umuriro cyangwa kuvomesha amazi.”

Kugarukira Uhoraho no kumwizera

15 Nyagasani Uhoraho, Umuziranenge wa Isiraheli aravuze ati:

“Nimungarukira mukihana muzakizwa,

nimutuza mukanyumvira muzagira imbaraga,

nyamara ntimubishaka.

16 Muravuga muti: ‘Reka da!

Tuzahunga tugendere ku mafarasi.’

Ni koko muzahunga mwihuta.

Muravuga kandi muti: ‘Tuzagendera ku mafarasi yihuta cyane.’

Nyamara abazabakurikirana na bo bazaba bihuta cyane.

17 Abantu igihumbi muri mwe bazahunga,

bazahunga batinye umuntu umwe mu banzi babo,

abanzi batanu bazabirukana mwese,

abazarokoka muri mwe bazaba nk’ibendera rishinzwe mu mpinga.”

18 Uhoraho yiyemeje kubagirira imbabazi,

yiyemeje kandi kubagirira impuhwe.

Koko Uhoraho ni Imana itabera,

hahirwa abamwizera bose.

Igihe cy’agakiza

19 Yemwe baturage b’i Siyoni,

yemwe abatuye i Yeruzalemu,

ntimuzongera kurira bibaho.

Nimutabaza Uhoraho azabagirira impuhwe,

nabumva azahita abatabara.

20 Nyagasani azabanyuza mu mibabaro,

nyamara azabigisha ku mugaragaro,

namwe muzibonera umwigisha wanyu.

21 Nimuramuka muteshutse inzira muzumva ijwi ribabwira riti:

“Dore inzira nimube ari yo munyuramo.”

22 Ibigirwamana byanyu bitatse ifeza,

amashusho atatse izahabu,

nyamara muzayafata nk’ibihumanye,

muzayajugunya kure kuko azaba ahumanye.

Muzavuga muti: “Hoshi nimuve aha!”

23 Uhoraho azabaha imvura yo kumeza imbuto mwabibye,

ubutaka buzarumbuka mugire umusaruro mwinshi,

icyo gihe amatungo yanyu azarisha mu nzuri zagutse.

24 Ibimasa n’indogobe bihinga bizarya ibyatsi biryoshye kandi biteguwe neza.

25 Ku munsi w’ubwicanyi bukabije iminara yose izariduka,

amasōko azatoboka ku misozi no ku dusozi.

26 Kuri uwo munsi Uhoraho azapfuka ibikomere by’ubwoko bwe,

azomora ibisebe yabateje.

Ukwezi kuzamurika nk’izuba,

umucyo w’izuba uzikuba karindwi.

Uhoraho azahana Ashūru

27 Nguriya Uhoraho araje aturutse kure,

aje afite uburakari bugurumana,

imvugo ye yuzuye umujinya,

ijambo rye ni nk’umuriro ukongora.

28 Umwuka we umeze nk’uruzi rwuzuye rukarenga inkombe,

nguwo aje kujegeza amahanga ayateza ibyago,

aje kubayobya abajyane aho badashaka,

abajyane nk’ubashyize mu mugozi.

29 Icyo gihe muzaririmba nk’abari mu gitaramo cy’umunsi mukuru,

muzanezerwa nk’abayobowe n’ijwi ry’umwirongi bagiye mu Ngoro y’Uhoraho,

muzanezerwa nk’abagana Imana urutare rwa Isiraheli.

30 Uhoraho azumvikanisha ijwi rye riteye ubwoba,

azerekana ko abangukira guhana arakaye,

azabigaragariza mu mirabyo,

azabigaragariza mu mvura y’umugaru n’amahindu.

31 Abanyashūru bazaterwa ubwoba n’ijwi ry’Uhoraho,

igihano azabaha kizabakangaranya.

32 Uko Uhoraho azajya ahana Abanyashūru,

buri gihano kizajyana n’amajwi y’ingoma n’inanga,

Uhoraho ubwe azabarwanya.

33 Ahagenewe gutwikira Umwami wa Ashūru hateguwe kuva kera,

ni urwobo rurerure kandi rugari rwarunzwemo inkwi nyinshi,

umwuka ugurumana w’Uhoraho uzazikongeza,

zizaka nk’amazuku yo mu birunga.