Categories
Ezayi

Ezayi 1

1 Ibi ni ibyo Ezayi mwene Amotsi yeretswe byerekeye u Buyuda na Yeruzalemu. Yabyeretswe ku ngoma ya Uziya no ku ya Yotamu, no ku ya Ahazi no ku ya Hezekiya, abami b’u Buyuda.

Abisiraheli nta cyo bumva

2 Yemwe abo mu ijuru, nimutege amatwi.

Namwe abo ku isi, nimwumve.

Uhoraho aravuze ati: “Nareze abana ndabakuza,

nyamara bo barangomeye.

3 Inka imenya nyirayo,

indogobe na yo imenya uyigaburira.

Nyamara Abisiraheli nta cyo bashaka kumenya,

abantu banjye nta cyo bumva.”

Nta cyiza kirangwa mu Buyuda

4 Muragowe, mwa bwoko bw’abanyabyaha mwe,

muragowe bwoko bwasāzwe n’ibicumuro,

muragowe nyoko y’abagizi ba nabi,

muragowe bana b’abanyangeso mbi!

Muragowe kuko mwimūye Uhoraho,

mwasuzuguye Umuziranenge wa Isiraheli,

mwamuteye umugongo.

5 Mwanangiriye mu bwigomeke,

mbese muragira ngo abahane ate?

Umutwe wanyu wuzuye ibisebe,

umutima wose urarwaye.

6 Kuva ku ino kugera ku mutwe nta hazima mugifite.

Hose ni ibikomere n’inguma n’ibisebe byasamye,

nta muntu ubyoza cyangwa ngo abipfuke,

nta muntu ubyomoza amavuta.

7 Igihugu cyanyu ni ikidaturwa,

imijyi yanyu ni umuyonga.

Abanyamahanga bararya imyaka yanyu murebēra,

ibintu byose barabitsembye.

8 Yeruzalemu yonyine ni yo yacitse ku icumu,

imeze nk’akazu kubatse mu mizabibu,

imeze nk’akaruri kubatse mu murima w’inzuzi,

imeze nk’umujyi wagoswe n’abanzi.

9 Iyo Uhoraho Nyiringabo ataturokora,

tuba twararimbutse nk’umujyi wa Sodoma,

tuba twararimbutse nk’umujyi wa Gomora.

Ukuyoboka guteye Imana ishozi

10 Batware b’i Sodoma, nimwumve ijambo ry’Uhoraho,

bantu b’i Gomora, nimutege amatwi Amategeko y’Imana yacu.

11 Ibitambo byanyu byinshi bimariye iki?

Ndambiwe ibitambo bikongorwa n’umuriro by’amasekurume y’intama,

ndambiwe n’urugimbu rw’inyana,

nzinutswe amaraso y’ibimasa n’ay’intama n’ay’ihene.

12 Mbese iyo muje kunshengerera, ni nde uba yabahamagaye?

Ni nde uba yabasabye kuza kundibatira urugo?

13 Nimurekere aho gukomeza kunzanira amaturo atagira umumaro,

imibavu munyosereza intera ishozi.

Sinkihanganira iminsi mikuru yo mu mboneko z’ukwezi n’amasabato,

sinkihanganira amateraniro yanyu yo gusenga.

14 Nanga iminsi mikuru yanyu y’imboneko z’ukwezi,

nanga n’ibindi birori byanyu,

iyo mihango imbereye umutwaro ndayirambiwe.

15 Iyo murambuye amaboko musenga mbima amaso,

amasengesho yanyu y’urudaca sinyumva,

sinyumva kuko ibiganza byanyu byuzuye amaraso.

16 Nimwiyuhagire mwisukure,

nimumvane imbere ibikorwa byanyu bibi,

nimureke gukora nabi.

17 Nimwige gukora ibyiza muharanire ubutabera,

nimurenganure urengana,

nimurenganure impfubyi n’umupfakazi.

Abisiraheli nibareke kwigomeka

18 Uhoraho aravuze ati: “Nimuze, nimuze twumvikane.

Ibicumuro byanyu bitukura nk’indubaruba,

nyamara muzera nk’inyange.

Naho byaba bitukura cyane muzera de.

19 Nimunyumvira, igihugu cyanyu kizarumbuka muhāge.

20 Nyamara nimwinangira mugakomeza kwigomeka,

muzicishwa inkota.”

Uko ni ko Uhoraho avuze.

Yeruzalemu izahumanurwa

21 Ni buryo ki umurwa wari indahemuka wahindutse indaya?

Umurwa warangwaga n’ubutabera n’ubutungane,

nyamara usigaye wuzuye abicanyi.

22 Ifeza yawe yahindutse umwanda,

divayi yawe nziza yahindutse amaganura.

23 Abatware bawe ni ibyigomeke n’ibyitso by’abajura,

bose bakunda impano bakararikira ruswa,

ntibarenganura impfubyi,

ntibita ku bapfakazi.

24 Ni yo mpamvu Nyagasani Uhoraho Nyiringabo, nyir’ububasha wa Isiraheli avuze ati:

“Ngiye kwihimura abandwanya,

ngiye guhōra abanzi banjye.

25 Yeruzalemu we, hari icyo ngiye kugukoraho:

ngiye kuguhumanura nk’ushongesha ubutare,

nzagusukura nkumareho imyanda yawe yose.

26 Abacamanza bawe nzabaha umuco nk’uw’abo hambere,

abajyanama bawe nzabaha umuco nk’uw’aba kera.

Bityo uzitwa Umujyi w’ubutungane n’Umurwa udahemuka.

27 Siyoni izarokorwa n’uko abayituye babaye intabera,

abaturage bayo nibihana bazarokorwa n’ubutungane.

28 Nyamara ibyigomeke n’abanyabyaha bose bazarimbuka,

abimūye Uhoraho na bo bazarimbuka.

29 Koko muzakozwa isoni kubera ibiti mwagize imana zanyu,

muzakozwa isoni kubera imirima mwasengeragamo ibigirwamana.”

30 Muzamera nk’ibibabi by’ibiti birabije,

muzamera nk’imirima itagira amazi.

31 Umuntu w’umunyamaboko azahinduka ubusa,

ibikorwa bye bizayoyoka nk’ibishashi by’umuriro,

byombi bizakongokera rimwe habure ubizimya.

Categories
Ezayi

Ezayi 2

Abantu bose bazagana Yeruzalemu

1 Ibi ni ibyo Ezayi mwene Amotsi yeretswe byerekeye u Buyuda na Yeruzalemu.

2 Mu gihe kizaza, umusozi wubatseho Ingoro y’Uhoraho uzakomera cyane,

uzamamara kuruta indi misozi yose,

abanyamahanga bose bazawugana.

3 Abantu benshi bazawugana bavuga bati:

“Nimucyo tuzamuke umusozi w’Uhoraho,

tujye mu Ngoro y’Imana ya Yakobo.

Izatumenyesha imigenzereze idushakaho,

natwe tuzayikurikiza.”

Koko i Siyoni ni ho tuzayigishirizwa,

i Yeruzalemu ni ho Ijambo ry’Uhoraho ritangarizwa.

4 Uhoraho azakemura imanza hagati y’amahanga,

azakiranura impaka hagati y’amoko menshi.

Abantu bazacura inkota zabo mo amasuka,

amacumu yabo bazayacuramo impabuzo.

Nta gihugu kizongera gutera ikindi,

nta bantu bazongera kwitoza intambara.

5 Mwa bakomoka kuri Yakobo mwe, nimuze tugende!

Nimuze tugende tumurikiwe n’Uhoraho.

Umunsi w’Uhoraho

6 Uhoraho, waretse ubwoko bwawe ari bo abakomoka kuri Yakobo.

Koko rero igihugu cyuzuyemo imihango y’ab’iburasirazuba,

abantu bawe bigāna imihango y’Abafilisiti,

bivanga n’abanyamahanga.

7 Igihugu cyabo cyuzuye izahabu n’ifeza,

bityo ubukungu bwabo ntibubarika,

igihugu cyabo cyuzuyemo amafarasi n’amagare y’intambara bitabarika.

8 Igihugu cyabo cyuzuyemo ibigirwamana,

bityo bapfukamira ibigirwamana bakoze.

9 Ni yo mpamvu abantu bose bazakorwa n’isoni,

abantu bazacishwa bugufi,

Uhoraho, ntuzabababarire.

10 Nimwihishe mu masenga yo mu bitare,

nimwihishe mu myobo,

nimuhunge umujinya w’Uhoraho,

nimuhunge ububasha bwe n’ikuzo rye.

11 Umunyagasuzuguro wese azakozwa isoni,

abirasi bazacishwa bugufi,

uwo munsi ikuzo rizahabwa Uhoraho wenyine.

12 Uhoraho Nyiringabo yashyizeho umunsi,

yashyizeho umunsi wo gucira imanza abirasi n’abibone,

abishyira hejuru bazacishwa bugufi.

13 Azatsemba amasederi yose y’inganzamarumbu yo muri Libani,

azatsemba ibiti by’imishishi byo muri Bashani.

14 Azacisha bugufi imisozi miremire yose,

azacisha bugufi udusozi twose dutumburutse.

15 Azacisha bugufi iminara miremire yose,

azacisha bugufi n’inkuta zose z’ibigo ntamenwa.

16 Azazika amato yose ajya mu bihugu bya kure,

azazika amato yose y’agaciro.

17 Umunyagasuzuguro wese azakorwa n’isoni,

abirasi bazacishwa bugufi,

uwo munsi ikuzo rizahabwa Uhoraho wenyine.

18 Ibigirwamana byose bizashiraho.

19 Abantu bazihisha mu masenga yo mu bitare,

bazihisha mu myobo bahunga uburakari bw’Uhoraho,

bazahunga ububasha bwe n’ikuzo rye,

bazamwihisha ubwo azaba aje kurimbura isi.

20 Uwo munsi ibigirwamana by’izahabu n’ifeza bakoreye kuramya, bazabijugunyira imbeba n’uducurama.

21 Bazihisha mu masenga yo mu bitare bahunga uburakari bw’Uhoraho n’ububasha bwe n’ikuzo rye, ubwo azaba aje atera isi ubwoba.

22 Nimureke kwiringira umuntu,

umuntu buntu ugizwe n’umwuka wo mu mazuru.

Ese umuntu yakumarira iki?

Categories
Ezayi

Ezayi 3

Ubutegetsi budafite gahunda mu Buyuda

1 Nyagasani Uhoraho Nyiringabo azimana ibyokurya n’amazi,

azabyima abo mu Buyuda n’ab’i Yeruzalemu,

azabima ibyo bari bishingikirijeho byose.

2 Azabima abantu b’intwari n’abajya ku rugamba,

azabima abacamanza n’abahanuzi,

ntazabemerera kugira ababaragurira n’abakuru b’imiryango.

3 Azabima abagaba b’ingabo n’abanyacyubahiro,

ntazabemerera kugira abajyanama n’abanyabukorikori n’abapfumu.

4 Azabaha abasore babategeke,

koko abana bato ni bo bazabayobora.

5 Abantu bazagirirana nabi,

buri muntu azakandamiza mugenzi we.

Abasore bazarwanya abasaza,

rubanda rugufi ruzasuzugura abanyacyubahiro.

6 Umuntu azasingira umuvandimwe bavukana amubwire ati:

“Ufite igishurangaho tuyobore,

uzategeka aya matongo!”

7 Nyamara aziyamira ati:

“Nta cyo nshobora kubamarira,

iwanjye nta byokurya n’imyambaro bihari,

bityo ntimushobora kungira umuyobozi wa rubanda.”

8 Yeruzalemu irarimbutse, u Buyuda buraguye,

imvugo n’ibikorwa byabo birwanya Uhoraho,

ikuzo rye baritesha agaciro.

9 Indoro yabo irabashinja,

bakora ibyaha ku mugaragaro nk’Abanyasodoma,

baragowe kubera amakuba bikururira.

10 Nimubivuge: intungane zizagubwa neza,

koko rero, zizanezezwa n’ibikorwa byazo.

11 Inkozi z’ibibi ziragowe kubera akaga zirimo,

zizahanwa hakurikijwe ibikorwa byazo.

12 Uhoraho aravuga ati:

“Urubyiruko rukandamije ubwoko bwanjye,

dore abagore ni bo babutegeka.

Ababayobora ni bo babayobya,

ni bo batuma muteshuka inzira.”

Urubanza rugenewe abategetsi

13 Uhoraho yiteguye guca imanza,

yiteguye gucira abantu imanza.

14 Uhoraho aracira imanza abakuru b’imiryango,

aracira imanza abayobozi b’ubwoko bwe,

ni mwe mwononnye imizabibuyanjye,

ubutunzi mwambuye abakene buri mu mazu yanyu.

15 Nyagasani Uhoraho Nyiringabo arabaza ati:

“Kuki mukandamiza ubwoko bwanjye?

Kuki muhonyora abakene?”

Imiburo ku bagore b’i Yeruzalemu

16 Uhoraho aravuga ati:

“Abagore b’i Siyoni ni abirasi,

bagenda bagamitse amajosi bateretse n’amaso,

bagendera ikimero bacinya amayugi bambaye ku maguru.

17 Jyewe Nyagasani Uhoraho nzateza ibisebe imitwe yabo,

nzabamōra imitwe ihinduke impara.”

18 Uwo munsi Nyagasani azabambura imirimbo yabo yose: amayugi n’ibirezi n’inigi,

19 amaherena n’ibitare n’ibitambaro byo mu mutwe,

20 imitamirizo n’imikufi n’imikandara, amacupa y’imibavu n’impigi,

21 impeta zo ku ntoki n’izo ku mazuru,

22 amakanzu y’iminsi mikuru n’imyitero, ibishura n’amasakoshi,

23 imyenda ibengerana n’amashati y’imyeru, ibitambaro byo mu mutwe n’ibishōra.

24 Impumuro nziza y’imibavu izasimburwa n’umunuko,

imikandara izasimburwa n’imishumi,

imisatsi iboshye izasimburwa n’uruhara,

imyambaro y’umurimbo izasimburwa n’igaragaza akababaro.

Koko rero uburanga buzasimburwa n’ubusembwa.

25 Ingabo zawe zizatsembwa n’inkota,

intwari zawe zizagwa ku rugamba.

26 Abatuye i Siyoni bazarira bacure umuborogo,

bazamera nk’umugore wicaye mu mukungugu yabuze byose.

Categories
Ezayi

Ezayi 4

1 Icyo gihe abagore barindwi bazihambira ku mugabo umwe bamubwire bati: “Ibyokurya n’imyambaro tuzabyishakira, twemerere gusa tukwitirirwe bityo udukure mu isoni!”

Abarokotse b’i Yeruzalemu

2 Icyo gihe Uhoraho azameza umushibu uzaba ubwiza n’icyubahiro, n’imyaka izera mu gihugu izaba ishema n’ikuzo by’abarokotse bo muri Isiraheli.

3 Nuko rero abazaba basigaye i Siyoni, ari bo bazaba barokotse i Yeruzalemu bazitwa “abeguriwe Uhoraho”, bose bazandikwa kugira ngo babe i Yeruzalemu.

4 Nyagasani namara guhumanura abantu b’i Siyoni akoresheje urubanza n’umuriro utwika, agahanagura amaraso yamenwe muri Yeruzalemu,

5 ahantu hose ku musozi wa Siyoni no ku makoraniro yaho, azahatwikiriza igicu cy’umwotsi ku manywa, n’ibishashi by’umuriro nijoro. Ubwo ikuzo ry’Uhoraho rizatwikira umujyi wose,

6 ku manywa rizakingira abantu ubushyuhe, ribe ubwugamo mu mvura y’umugaru.

Categories
Ezayi

Ezayi 5

Imizabibu y’Uhoraho

1 Reka ndirimbire uwo nkunda indirimbo y’imizabibuye.

Uwo nkunda yari afite imizabibu,

yatewe ku gasozi karumbuka.

2 Uwo nkunda yahinze umurima awukuramo amabuye,

yawuteyemo imizabibu y’indobanure,

yubatsemo umunara w’abarinzi,

yacukuyemo n’urwengero.

Iyo mizabibu yari ayitegerejeho imbuto nziza,

nyamara yera imbuto mbi.

3 None rero baturage b’i Yeruzalemu n’ab’i Buyuda,

ngaho nimunkiranure n’imizabibu yanjye.

4 Icyo nari nkwiye gukorera imizabibu yanjye ntakoze ni iki?

Nari nizeye gusarura imbuto nziza,

ni kuki yezeho ibihuhwe?

5 Reka mbabwire ibyo ngiye gukorera imizabibu yanjye:

ngiye gusenya uruzitiro ruyikikije,

maze amatungo aze ayone.

Nzasenya urukuta ruyizitiye,

abahisi n’abagenzi bazayiribata.

6 Nzayireka yangirike,

ntizicirwa cyangwa ngo ihingirwe,

izameramo imifatangwe n’andi mahwa.

Nzabuza ibicu kureta ngo biyigusheho imvura.

7 Umurima w’imizabibu w’Uhoraho Nyiringabo ni Abisiraheli,

ubwo busitani yakundaga ni abaturage b’u Buyuda.

Yari abategerejeho ubutabera, nyamara babaye abicanyi,

yari abategerejeho ubutungane, nyamara bateje umuborogo ahantu hose.

Imiburo ku Bisiraheli

8 Bazabona ishyano abagereka amazu ku yandi,

bazabona ishyano abirundaho amasambu,

bazabona ishyano abikubira ahantu hose igihugu bakagitura bonyine.

9 Numvise Uhoraho Nyiringabo arahira ati:

“Koko rero aya mazu yose manini azasenyuka,

aya mazu meza cyane ntazagira abayaturamo.

10 Hegitari icumi z’imizabibu zizavamo gusa litiro mirongo itanu za divayi,

ibiro ijana by’imbuto zibibwe zizēra ibiro icumi gusa.”

11 Bazabona ishyano abazinduka biruka ku nzoga,

bazabona ishyano abageza mu gicuku bakinywa divayi.

12 Banywa bacuranga inanga nyamuduri n’inanga y’indoha,

banywa bavuza n’ingoma n’imyirongi,

nyamara ntibita ku byo Uhoraho akora,

ibyo akora ntibabibona.

Ibihano bitegereje Abisiraheli

13 Dore ubwoko bwanjye bugiye kujyanwa ho iminyago,

bugiye kujyanwa kubera ko butashishoje,

intwari zo muri bo zizicwa n’inzara,

naho rubanda ruzicwa n’inyota.

14 Ikuzimu harasamye cyane,

koko harasāmye bikabije,

urwasaya rwaho ntirugira urugero.

Abanyacyubahiro na rubanda bazakugwamo,

bazashiriramo bakibereye mu birori.

15 Abantu bose bazacishwa bugufi bakorwe n’isoni,

abarebana ubwirasi bazakorwa n’ikimwaro.

16 Uhoraho Nyiringabo azubahirizwa kubera ubutabera bwe,

Imana izagaragaza ko ari inziranenge,

bizagaragazwa n’ubutungane bwayo.

17 Intama zizarisha nk’iziri mu rwuri rwazo,

abanyamahanga bazarya ibyo mu matongo y’abakire.

Indi miburo ku Bisiraheli

18 Bazabona ishyano abikururiraho ibicumuro,

bikururiraho ibyaha nk’abakurura itungo ku kiziriko.

19 Koko rero hari abavuga bati:

“Uhoraho natebuke yihutishe ibikorwa bye tubibone,

Umuziranenge wa Isiraheli nasohoze umugambi we tuwumenye.”

20 Bazabona ishyano abafata ikibi nk’icyiza,

bazabona ishyano abafata icyiza nk’ikibi.

Bazabona ishyano abakunda umwijima bakanga umucyo,

bazabona ishyano abanga umucyo bagakunda umwijima.

Bazabona ishyano abafata ikibishye nk’ikiryohera,

bazabona ishyano abafata ikiryohera nk’ikibishye.

21 Bazabona ishyano abiyita abanyabwenge,

bazabona ishyano abibwira ko ari abahanga.

22 Bazabona ishyano abahanga bo kunywa divayi,

bazabona ishyano abavanga inzoga zikaze.

23 Barya ruswa bakarengera inkozi z’ibibi,

intungane bazima uburenganzira bwazo.

24 Nk’uko umuriro utwika ibyatsi byumye,

nk’uko ikirimi cy’umuriro gitwika ibikenyeri,

ni ko na bo bazabora nk’igiti gihereye mu mizi,

urubyaro rwabo ruzatumuka nk’umukungugu.

Koko rero basuzuguye Amategeko y’Uhoraho Nyiringabo,

bahinyuye Ijambo ry’Umuziranenge wa Isiraheli.

Uburakari bw’Uhoraho

25 Bityo Uhoraho arakariye cyane ubwoko bwe,

ahagurukiye kubahana.

Imisozi irahinda umushyitsi,

imirambo yabo ni nk’imyanda iri mu mayira,

nyamara nubwo bimeze bityo, uburakari bwe ntibucogora,

yiyemeje kubahana.

26 Uhoraho ahamagaje ingabo z’amahanga ya kure,

azitabaje ziva ku mpera z’isi,

dore ngabo baje bihuta cyane.

27 Nta n’umwe muri zo unanirwa ngo acike intege,

nta n’umwe muri zo uhondobera ngo asinzire,

imikandara yabo ntiyigera idohoka,

nta n’udushumi tw’inkweto zabo ducika.

28 Imyambi yabo iratyaye,

imiheto yabo yose irarēze.

Ibinono by’amafarasi yabo bikomeye nk’amabuye,

ibiziga by’amagare yabo byihuta nka serwakira.

29 Urusaku rwabo ni nk’umutontomo w’intare,

baratontoma nk’ibyana by’intare bikurikiye umuhigo.

30 Icyo gihe bazatontomera Isiraheli nk’inyanja yoroma,

uzareba icyo gihugu azakibonamo umwijima n’umubabaro,

bityo umucyo uzijima kubera ibicu.

Categories
Ezayi

Ezayi 6

Ezayi yiyemeza gukorera Uhoraho

1 Mu mwaka Umwami Uziya yapfuyemo, Uhoraho yamubonekeye yicaye ahirengeye cyane ku ntebe ndende ya cyami, inshunda z’igishura cye zari zisesuye mu Ngoro.

2 Abaserafi bari bahagaze iruhande rwe, buri muserafi afite amababa atandatu: abiri yatwikiraga mu maso he, andi abiri agatwikira ibirenge byabo n’andi abiri yo kuguruka.

3 Nuko bakikiranya amajwi bati:

“Umuziranenge, Umuziranenge, Umuziranenge,

ni Uhoraho Nyiringabo.

Isi yose yuzuye ikuzo rye.”

4 Ijwi ryabo ryatigisaga ibizingiti by’inzugi, maze Ingoro yuzura umwotsi.

5 Nuko ndavuga nti: “Ngushije ishyano, ndapfuye. Koko imvugo yanjye irandavuye kandi nkomoka mu bwoko bw’imvugo yandavuye. None mbonye Umwami, Uhoraho Nyiringabo.”

6 Umwe muri abo Baserafi aguruka ansanga afite ikara mu kiganza, yari arikuye ku rutambiro arifatishije igifashi.

7 Arinkoza ku munwa arambwira ati:

“Iri kara rigukoze ku munwa,

igicumuro cyawe kikuvanyweho,

icyaha cyawe kirababariwe.”

8 Numva Nyagasani abaza ati:

“Mbese ndatuma nde?

Ni nde tuzatuma?”

Ndamusubiza nti: “Ndi hano ntuma.”

9 Uhoraho arambwira ati:

“Genda ubwire abo bantu uti:

‘Kumva muzumva ariko ntimuzasobanukirwa,

kureba muzareba ariko nta cyo muzabona.’

10 Unangire imitima y’abo bantu,

ubazibe amatwi, ubahindure nk’impumyi.

Bitabaye ibyo bareba, bakumva, bagasobanukirwa,

bityo bakangarukira bagakira.”

11 Ndamubaza nti:

“Ibyo bizageza ryari se Nyagasani?”

Aransubiza ati:

“Bizageza igihe imijyi izaba yashenywe,

nta baturage bakiyirangwamo,

amazu yarabaye amatongo,

igihugu cyarahindutse ibigunda.”

12 Koko rero, Uhoraho azimurira abaturage kure,

igihugu kizahinduka ibigunda.

13 N’iyo mu gihugu hasigara kimwe cya cumi,

icyo na cyo kizarimbuka.

Nk’uko ibiti binini bitemwe bisiga ibishyitsi bigashibuka,

ni ko abantu banjye bazasigara mu gihugu.

Categories
Ezayi

Ezayi 7

Ubutumwa bwohererejwe Umwami Ahazi

1 Ku ngoma ya Ahazi umwami w’u Buyuda, akaba mwene Yotamu n’umwuzukuru wa Uziya, Resini umwami wa Siriya na Peka mwene Remaliya akaba n’umwami wa Isiraheli, bashatse gutera Yeruzalemu nyamara ntibabishobora.

2 Babwira abo mu nzu ya Dawidi bati: “Abanyasiriya bifatanyije n’Abisiraheli.” Nuko Ahazi n’ingabo ze bagira ubwoba, bahinda umushyitsi bamera nk’ibiti bihungabanywa n’umuyaga.

3 Nuko Uhoraho abwira Ezayi ati: “Jyana n’umuhungu wawe Sheyari-Yashubu,musange Ahazi ku mpera z’umuyoboro ujyana amazi mu kizenga cyo haruguru, ku nzira igana ku murima w’Abameshi.

4 Umubwire uti: ‘Humura! Ntugire ubwoba kandi ntukuke umutima, kubera uburakari bwa Resini umwami wa Siriya n’ubwa mwene Remaliya, bombi ni nk’udufumba tubiri ducumbeka.

5 Nzi ko Abanyasiriya, na Peka n’Abisiraheli bafite umugambi wo kugutera.’

6 Baravuga bati: ‘Nimuze dutere u Buyuda, tubatere ubwoba maze tubigarurire, twimike mwene Tabēli ababere umwami.’ ”

7 Nyamara Nyagasani Uhoraho aravuze ati:

“Ibyo ntibizashoboka, ntibiteze kubaho.

8 Damasi ni umurwa wa Siriya,

Resini ni we mutware w’i Damasi,

nyamara mu myaka itarenga mirongo itandatu n’itanu Abisiraheli bazatatana,

ntibazongera kwitwa igihugu.

9 Samariya ni umurwa wa Isiraheli,

mwene Remaliya ni we mutware wa Samariya.

Nimutizera Uhoraho ntimuzakomera.”

Emanweli

10 Uhoraho yongera kubwira Ahazi ati:

11 “Saba Uhoraho Imana yawe ikimenyetso, cyaba icyo hasi ikuzimu, cyangwa icyo hejuru mu ijuru.”

12 Ahazi arasubiza ati: “Oya nta cyo nzasaba, sinshaka kugeregeza Uhoraho.”

13 Nuko Ezayi aramubwira ati: “Tega amatwi, muryango wa Dawidi. Mbese kugerageza abantu byaba bitabahagije mukaba mushaka no kugerageza Imana yanjye?

14 Noneho rero Uhoraho ubwe azabaha ikimenyetso: dore umukobwa azasama inda, azabyara umwana w’umuhungu, azitwa Emanweli, risobanurwa ngo: ‘Imana iri kumwe natwe’.

15 Uwo mwana azatungwa n’amata n’ubuki, kugeza igihe azamenya kwanga ikibi no guhitamo icyiza.

16 Mbere y’uko uwo mwana amenya kwanga ikibi no guhitamo icyiza, ibihugu bya ba bami bombi baguteraga ubwoba, bizahinduka amatongo.

17 Naho wowe n’umuryango wawe na bene wanyu, Uhoraho azabateza iminsi mibi itigeze ibaho, kuva igihe Isiraheli yitandukanyije n’u Buyuda.” Azabateza umwami wa Ashūru.

Igitero n’ingaruka zacyo

18 Icyo gihe Uhoraho azahamagara Abanyamisiri,

bazaza bameze nk’isazi zo ku ruzi rwa Nili,

azahamagara n’Abanyashūru baze bameze nk’inzuki.

19 Abo Banyamisiri n’Abanyashūru bazaza,

bazaza bameze nk’isazi n’inzuki zirunze mu mikokwe ihanamye,

bazatururira mu masenga yo mu bitare,

bazatururira n’ahari uduhuru n’inzuri hose.

20 Icyo gihe Uhoraho azabogosha umusatsi,

azabogosha ubwoya bwo ku maguru n’ubwanwa,

azabogoshesha urwembe akodesheje hakurya y’uruzi rwa Efurati.

Urwo rwembe ni umwami wa Ashūru.

21 Icyo gihe buri muntu azorora inka imwe n’ihene ebyiri.

22 Nyamara ayo matungo azakamwa amata menshi,

abantu bazarya amavuta,

abazasigara mu gihugu bazarya amavuta n’ubuki.

23 Icyo gihe kandi umurima urimo imizabibu igihumbi,

umurima wagurwa ibikoroto igihumbi by’ifeza,

uzameramo amahwa n’imifatangwe.

24 Uzagerwamo gusa n’abahigi bitwaje imiheto n’imyambi,

igihugu cyose kizameramo amahwa n’imifatangwe.

25 Ntibazagaruka guhinga ku misozi,

bazatinya amahwa n’imifatangwe,

iyo misozi izahinduka urwuri rw’inka n’intama.

Categories
Ezayi

Ezayi 8

Nyaga-Vuba-Sahura-Bwangu

1 Uhoraho arambwira ati: “Fata ikibaho ucyandikeho aya magambo ‘Kuri Nyaga-Vuba-Sahura-Bwangu.’ ”

2 Nuko mbyereka abagabo babiri b’inyangamugayo, ari bo umutambyi Uriya, na Zakariya mwene Yeberekiya.

3 Hanyuma umugore wanjye w’umuhanuzikazi asama inda maze abyara umwana w’umuhungu. Uhoraho arambwira ati: “Mwite Nyaga-Vuba-Sahura-Bwangu.

4 Koko rero, mbere y’uko umwana amenya kuvuga ati: ‘Data’ cyangwa ‘Mama’, umwami wa Ashūru azatwara ubutunzi bw’i Damasi n’iminyago y’i Samariya.”

Igitero cy’Abanyashūru

5 Uhoraho arongera arambwira ati:

6 “Aba bantubanze amazi ya Siloweatembana ituze,

bagira ubwobaimbere ya Resini na Peka.

7 Bityo ngiye kubamanuriraho imivumba myinshi,

imivumba ikaze y’uruzi rwa Efurati,

uruzi ruzava mu ndiri yarwo rurenge inkombe.

Ni umwami wa Ashūru n’ingabo ze zose.

8 Ruzasandara rube umwuzure ukwire mu Buyuda,

inkombe zarwo zizāguka zigere kure,

ruzakwira mu gihugu cyawe, wowe Emanweli.”

Imigambi y’amahanga ni impfabusa

9 Mwa mahanga mwe, nimushoze intambara mutsindwe,

mwe mahanga yose ari kure nimwumve.

Nimutegure intambara muzatsindwa,

nimuyitegure muzatsindwa.

10 Nimucure inama izaba impfabusa,

nimucure imigambi, nyamara ntizashyika.

Koko rero Imana iri kumwe natwe.

Urutare rusitaza

11 Uhoraho yanyihanangirije akomeje ko ntakwiye gukurikiza imyifatire y’ubu bwoko agira ati:

12 “Ntimugafate nk’ubugambanyi ibyo aba bantu bita ubugambanyi.

Ntimugatinye ibyo batinya, ntimugahagarike umutima.

13 Nimwubahe Uhoraho Nyiringabo,

ni we mukwiye guha icyubahiro no gutinya.

14 Uhoraho azabera Ingoro abamwubaha,

nyamara ab’inzu zombi za Isiraheli azababera nk’ibuye risitaza,

azababera nk’urutare rubagusha,

abantu b’i Yeruzalemu azababera nk’urushundura cyangwa umutego.

15 Benshi muri bo bazasitara kuri urwo rutare,

bazitura hasi bajanjagurike,

bazagwa mu mutego bawuheremo.”

Igihe cyo kumirwa no gutegereza

16 Uhoraho arambwira ati: “Ukomeze ubwo buhamya n’izo nyigisho mu bigishwa banjye.”

17 Nuko rero, ntegereje Uhoraho ukomeje kwima amaso urubyaro rwa Yakobo. Icyakora ni we nkomeje kwiringira.

18 Dore ndi hano hamwe n’abana Uhoraho yampaye, turi ibimenyetso n’ibitangaza bigaragara muri Isiraheli, dutumwe n’Uhoraho Nyiringabo uganje ku musozi wa Siyoni.

19 Abantu bazababwira kugisha inama abapfumu n’abashitsi, banwigira kandi bakongorera. Barabaza bati: “Mbese ntibikwiye ko abantu biyambaza imana zabo, bakagisha inama abapfuye bagirira abazima?”

20 Muzabasubize muti: “Nimugarukire amabwiriza y’Uhoraho n’inyigisho ze. Utazabikurikiza ntazongera kubona umuseke weya.”

Umwijima w’icuraburindi

21 Abo bantu bazabuyera mu gihugu,

bazabuyera barushye kandi bashonje.

Inzara izabanangura,

bityo bazavuma umwami wabo n’Imana yabo.

Bazararama barebe ku ijuru,

22 bazahindukira barebe ku isi.

Bazahabona amakuba n’umwijima,

bazahabona umwijima w’icuraburindi,

bazajugunywa mu mwijima uteye ubwoba.

23 Nyamara nta mwijima ukirangwa muri ibyo bihugu byarimo akaga.

Mu gihe cya kera, intara ya Zabuloni n’iya Nafutali zateshejwe agaciro,

mu gihe kizaza zizaheshwa icyubahiro.

Ahagana ku nyanja no hakurya ya Yorodani,

aho ni ho Galileya ituwe n’abanyamahanga.

Categories
Ezayi

Ezayi 9

Umwana yatuvukiye

1 Abantu bāri mu mwijima bigunze, babonye umucyo mwinshi.

Abāri mu gihugu cyugarijwe n’urupfu, urumuri rwarabamurikiye.

2 Uhoraho warabagwije ubongerera umunezero,

bishimiye imbere yawe nk’abamaze gusarura byinshi,

barishimye nk’abagabana iminyago.

3 Koko rero, umuzigo bamuhekeshaga,

inkoni bamuhozaga ku mugongo,

ikiboko cy’abamukandamizaga,

byose warabimenaguye,

wabigenje nk’uko wagenje Abamidiyani cya gihe.

4 Inkweto zose z’abasirikari zateraga ubwoba,

igishura cyose cyazirinzwe mu maraso,

ibyo byose bizatwikwa bikongoke.

5 Koko rero umwana yatuvukiye,

twahawe umwana w’umuhungu.

Azaba umutegetsi wacu,

azitwa Umujyanama utangaje.

Azitwa Imana Nyirububasha,

azitwa Data igihe cyose,

azitwa Umwami w’amahoro.

6 Azāgura ubutegetsi bwe n’amahoro iteka ryose,

azicara ku ntebe ya Dawidi yime ingoma ye.

Azashingira ububasha bwe ku butabera n’ubutungane,

azabushyigikira guhera ubu kuzageza iteka ryose,

Uhoraho Nyiringabo azabisohozanya umwete.

Uburakari bw’Uhoraho

7 Nyagasani aciriye urubanza Yakobo,

aciriye urubanza Abisiraheli.

8 Rubanda rwose ruzamenya iyo nkuru,

Abisiraheli n’abatuye Samariya bose bazayimenya,

abo bantu bavugana agasuzuguro n’ubwirasi bati:

9 “Inkuta z’amatafari zarasenyutse,

nyamara tuzazubaka n’amabuye abaje.

Ibiti byavagamo za mwikorezi byaratemwe,

nyamara tuzabisimbuza iby’amasederi.”

10 Uhoraho azatiza umurindi umwanzi wabo Resini,

azabahagurukiriza abanzi babo.

11 Abanyasiriya bazabaturuka imbere,

Abafilisiti babaturuke inyuma.

Abo bose barakariye Isiraheli bikabije,

nyamara uburakari bw’Uhoraho ntibwacubye, aracyabarwanya.

12 Abisiraheli ntibagarukiye Uwabahannye,

ntibagarukiye Uhoraho Nyiringabo.

13 Uhoraho azatsemba Isiraheli mu gihe gito,

azayitsemba ahereye ku mutwe kugera ku murizo.

14 Abayobozi n’abanyacyubahiro ni bo mutwe,

abahanurabinyoma ni bo murizo.

15 Abayobozi b’aba bantu barabayobya,

abayoborwa na bo barayobye.

16 Bityo Uhoraho ntazishimira abasore babo,

ntazagirira impuhwe impfubyi n’abapfakazi,

bose ni abahemu n’abagome,

ibyo bavuga byose ni bibi.

Nyamara uburakari bw’Uhoraho ntibwacubye, aracyabarwanya.

17 Koko ubugome butwika nk’umuriro,

bugurumana nk’igihuru cy’amahwa,

bugurumana nk’umuriro uri mu ishyamba,

umwotsi ugatumbagira mu kirere.

18 Uburakari bw’Uhoraho Nyiringabo buracyariho,

igihugu kibaye umuyonga,

ubwoko bwe bubaye nk’inkwi zijugunywe mu muriro,

nta muntu ushobora kurwana kuri mugenzi we.

19 Hirya no hino barasahuranwa nyamara ntibanyurwa,

bararya nyamara ntibahaga,

buri muntu arashiha mugenzi we.

20 Abamanase barashiha Abefurayimu,

Abefurayimu na bo barashiha Abamanase,

abo bombi bararwanya Abayuda.

Nyamara uburakari bw’Uhoraho ntibwacubye, aracyabarwanya.

Categories
Ezayi

Ezayi 10

Abarakaza Uhoraho

1 Bazabona ishyano abashyiraho amategeko arenganya,

bazabona ishyano abashyiraho amateka akandamiza abandi.

2 Bazabona ishyano abahohotera abatishoboye,

bazabona ishyano abima abakene uburenganzira bwabo,

bazabona ishyano abarya imitsi abapfakazi n’imfubyi.

3 Muzabigenza mute umunsi Uhoraho azabahana?

Muzabigenza mute amakuba nabageraho aturutse kure?

Muzahungira kwa nde kugira ngo abatabare?

Ubukungu bwanyu muzabuhungishiriza he?

4 Muzaba mushigaje gusa kugirwa imfungwa,

muzaba mushigaje kwicwa mukavaho.

Nyamara uburakari bw’Uhoraho ntibwacubye, aracyabarwanya.

Ashūru izabona ishyano

5 Uhoraho aravuga ati: “Abanyashūru bazabona ishyano

bazabona ishyano kuko bemeye kuba ibikoresho by’uburakari bwanjye,

ni bo batwaye inkoni y’umujinya wanjye.

6 Nabohereje guhana igihugu cyacumuye,

nabategetse guhana abantu bandakaje,

nabatumye kubasahura no kubatwara ho iminyago,

nabohereje kubaribatira mu mayira nk’uribata icyondo.

7 Nyamara Abanyashūru bo si ko babibona,

bo bifitiye undi mugambi,

umugambi wo kurimbura amahanga menshi.”

8 Umwami wa Ashūru aravuga ati:

“Mbese, abagaba b’ingabo zanjye bose si abami?

9 Mbese sinatsinze umujyi wa Kalino n’uwa Karikemishi?

Natsinze umujyi wa Hamati n’uwa Arupadi,

natsinze umujyi wa Samariya n’uwa Damasi.

10 Natsembye ibihugu byasengaga ibigirwamana,

ibigirwamana byarutaga ubwinshi iby’i Yeruzalemu n’i Samariya.

11 Ibyo nakoreye Samariya n’imana zayo,

ni byo nzakorera Yeruzalemu n’ibigirwamana byayo.

Erega nshoboye kubikora!”

12 Nyamara Nyagasani aravuga ati: “Nimara gusohoza ibikorwa byanjye byose ku musozi wa Siyoni n’i Yeruzalemu, nzahana umwami wa Ashūru urangwa n’ubwirasi akaba n’umunyagasuzuguro.”

13 Koko rero uwo mwami arirata ati:

“Ibyo nakoze mbikesha imbaraga zanjye,

ubwenge bwanjye butuma nsobanukirwa.

Imipaka y’ibihugu nayivanyeho,

umutungo wabyo narawusahuye,

nabaye intwari nkura abami ku ntebe zabo.

14 Nk’uko umuntu yārurira inyoni,

ni ko nafashe imitungo y’ibihugu,

nk’uko umuntu atoragura amagi inyoni yataye,

ni ko nigaruriye ibihugu byose.

Nta muntu n’umwe washoboye gukopfora,

nta n’uwigeze abumbura umunwa ngo atabaze.”

15 Mbese ishoka ishobora kwirata ku uyitemesha?

Ese urukero rushobora kwishongora ku urukeresha?

Ni nk’aho ikiboko cyakwigarura kigakubita ukibanguye,

ni nk’aho inkoni umuntu abanguye yamuhindukirana.

16 Nyagasani Uhoraho Nyiringabo azateza indwara abarwanyi,

ikuzo ryabo rizashiraho nk’iritwitswe n’umuriro.

17 Uhoraho umucyo wa Isiraheli, azahinduka umuriro,

Umuziranenge wa Isiraheli azaba ikirimi cy’umuriro,

azakongora amahwa n’imifatangwe mu kanya gato.

18 Amashyamba n’imirima itagira uko isa,

Uhoraho azabitsemba bibe akari aha kajya he,

bizamera nk’umuntu wazahajwe n’indwara.

19 Mu mashyamba ya Ashūru hazasigara ibiti mbarwa,

ibiti umwana muto azashobora kubara.

Abazaba basigaye muri Isiraheli

20 Icyo gihe itsinda ry’abasigaye muri Isiraheli, abakomoka kuri Yakobo bacitse ku icumu, ntibazongera kwishingikiriza ku babarwanyaga. Ahubwo bazishingikiriza by’ukuri ku Uhoraho, ari we Muziranenge wa Isiraheli.

21 Itsinda ry’abasigaye rizagaruka, koko abasigaye bo mu rubyaro rwa Yakobo, bazagarukira Imana Nyirububasha.

22 Isiraheli we, nubwo abaturage bawe ari benshi nk’umusenyi wo ku nyanja, abake bazasigara ni bo bazagarukira Uhoraho. Nyamara hazabaho kurimbuka hakurikijwe ubutabera.

23 Koko rero, Nyagasani Uhoraho Nyiringabo azasohoza irimbuka ryemejwe ku isi yose.

Ashūru ntikabatere ubwoba

24 Nyagasani Uhoraho Nyiringabo aravuga ati: “Bwoko bwanjye butuye i Siyoni, ntimugatinye Abanyashūru babakubitisha inkoni, bakabakubita ibibōko nk’uko Abanyamisiri babagenje.

25 Koko mu minsi mike cyane, uburakari mbafitiye buzashira, umujinya wanjye nywerekeze ku Banyashūru.”

26 Uhoraho Nyiringabo azabangura ikibōko cye akubite Abanyashūru, nk’uko yakubise Abamidiyani ku rutare rwa Orebu. Inkoni ye azayibangura ayerekeje ku nyanja nk’uko yabikoreye Abanyamisiri.

27 Icyo gihe nzagukura mu buja bw’Abanyashūru,

nzabugukuramo nk’uko umuzigo uvanwa ku ntugu,

bityo uzabaho mu mudendezo.

Umwanzi yugarije Yeruzalemu

28 Abanzi bageze Ayibanyuze i Migironi,

i Mikimasi bahasize ibikoresho byabo.

29 Banyuze mu nzira y’impatanwa, bashinga ibirindiro i Geba,

abatuye i Rama barahinda umushyitsi,

ab’i Gibeya iwabo wa Sawuli bahunze.

30 Bantu b’i Galimu nimuboroge,

ab’i Layisha, nimutege amatwi,

aba Anatoti muragowe.

31 Abantu b’i Madimena barahunze,

ab’i Gebimu na bo barihishe.

32 Uyu munsi umwanzi ashinze ibirindiro i Nobu,

abanguye ukuboko akangaranya ab’i Siyoni,

akangaranyije ab’i Yeruzalemu.

33 Nyagasani Uhoraho Nyiringabo azabakonyagura nk’amashami y’ibiti,

abanyagasuzuguro n’abishyira hejuru azabacisha bugufi.

34 Uhoraho azabārarika nk’ibiti bitemwe n’intorezo,

azabamarira hasi nk’amasederi yo muri Libani.