Categories
Daniyeli

Daniyeli 1

Daniyeli na bagenzi be i Babiloni

1 Mu mwaka wa gatatu Yoyakimu umwami w’u Buyuda ari ku ngoma, Nebukadinezari umwami wa Babiloniya yateye Yeruzalemu arayigota.

2 Nyagasani amugabiza Yoyakimu umwami w’u Buyuda, n’ibikoresho bimwe byo mu Ngoro y’Imana. Nuko Nebukadinezari abijyana muri Babiloniya mu ngoro y’ibigirwamana bye, aba ari ho abishyingura.

3 Umwami Nebukadinezari ategeka Ashipenazi umutware w’ibyegerabye, kuzana bamwe mu basore b’Abisiraheli bo mu muryango w’umwami n’abo mu miryango y’ibikomangoma.

4 Ntibagombaga kugira ubusembwa ku mubiri ahubwo bagombaga kugira uburanga, bagombaga kuba bajijutse, bafite ubwenge kandi ari abahanga bazi gushishoza, ku buryo bashoboraga gukora mu ngoro y’umwami. Bagombaga kwigishwa ururimi rw’Abanyababiloniya n’ibyanditse mu bitabo byabo.

5 Umwami ategeka ko buri munsi babagaburira ku byokurya bamutekeye no kuri divayi bamugeneye. Bagombaga kwigishwa imyaka itatu, bayirangiza bakaba abakozi b’umwami.

6 Muri abo basore harimo Daniyeli na Hananiya na Mishayeli na Azariya b’Abayuda.

7 Umutware w’ibyegera abahimba amazina: Daniyeli amuhimba Beliteshazari, Hananiya amuhimba Shadaraki, Mishayeli amuhimba Meshaki naho Azariya amuhimba Abedinego.

8 Daniyeli yagambiriye kutihumanyisha ibyokurya byatekewe umwami na divayi yamugenewe, maze asaba umutware w’ibyegera ngo amwemerere kutabirya.

9 Imana yari yarahaye Daniyeli gutona no gukundwa n’umutware w’ibyegera,

10 nyamara abwira Daniyeli ati: “Umwami databuja ni we wabageneye ibyokurya n’ibyokunywa. Aramutse asanze mutamerewe neza nk’abandi basore mungana, ndatinya yuko byancisha umutwe!”

11 Noneho Daniyeli abwira uwari ushinzwe kubagaburira, we na Hananiya na Mishayeli na Azariya ati:

12 “Twebwe abagaragu bawe utugerageze iminsi icumi, bajye batugaburira ibyokurya bitarimo inyama, baduhe n’amazi abe ari yo tunywa.

13 Nyuma y’iyo minsi uzatugereranye n’abandi basore bagaburirwa ku byokurya by’umwami, wirebere uko tuzaba tumeze, maze uzafate icyemezo cy’ibikwiriye kudutunga.”

14 Nuko abemerera ibyo bamusabye, abagerageza iminsi icumi.

15 Iyo minsi ishize, abona babyibushye kandi bameze neza kurusha abasore bose baryaga ku byokurya by’umwami.

16 Bityo uwari ushinzwe kubagaburira areka guha Daniyeli na bagenzi be ibyokurya na divayi byari bibagenewe, ahubwo abaha ibyokurya bitarimo inyama.

17 Imana yahaye abo basore bane ubumenyi no gusobanukirwa ibyanditse mu bitabo no kugira ubwenge, Daniyeli we yari yarahawe no gusobanura inzozi n’amabonekerwa yose.

18 Iyo myaka itatu umwami yavuze ishize, umutware w’ibyegera abazanira Umwami Nebukadinezari.

19 Umwami abonana na bo, maze mu bandi bose ntihaboneka uhwanye na Daniyeli na Hananiya na Mishayeli na Azariya. Nuko abagira abakozi be.

20 Ku bintu byose umwami yababazaga bigomba ubwenge n’ubushishozi, yasangaga babirusha incuro icumi abanyabugenge n’abapfumu bose bo mu gihugu cye.

21 Daniyeli akomeza gukora ibwami kugeza mu mwaka wa mbere Umwami Sirusi ari ku ngoma.

Categories
Daniyeli

Daniyeli 2

Inzozi za Nebukadinezari

1 Mu mwaka wa kabiri Nebukadinezari ari ku ngoma yararose, inzozi zimuhagarika umutima ntiyabasha gusinzira.

2 Nuko umwami ahamagaza abanyabugenge n’abapfumu n’abashitsi n’abahanga mu by’inyenyeri, kugira ngo bamubwire inzozi yarose. Bamaze kugera imbere ye

3 arababwira ati: “Narose inzozi sinazisobanukirwa, none zampagaritse umutima.”

4 Abo bahanga basubiza umwami mu kinyarameya bati: “Nyagasani, uragahoraho! Twebwe abagaragu bawe tubwire inzozi warose maze tuzigusobanurire.”

5 Umwami arabasubiza ati: “Icyemezo nafashe ni iki: nimutambwira inzozi narose n’icyo zisobanura, muzatemagurwa kandi amazu yanyu azasenywa ahindurwe aho bamena imyanda.

6 Nyamara nimumbwira inzozi n’icyo zisobanura, nzabaha impano n’ibihembo, mbaheshe n’icyubahiro cyinshi. Ngaho rero nimumbwire inzozi n’icyo zisobanura.”

7 Bongera gusubiza bati: “Nyagasani, tubwire inzozi warose tuzigusobanurire.”

8 Umwami arabasubiza ati: “Mu by’ukuri ndabona mushaka kurenza umunsi, kuko muzi ko nafashe icyemezo kidakuka.

9 Nimutambwira iby’izo nzozi narose, mwese muzahanwa kimwe. Mwahuje umugambi mubi wo kumbeshya ngo murebe ko hagira igihinduka. Ngaho nimumbwire inzozi narose, ndamenya ko mushobora no kuzisobanura.”

10 Abahanga baramusubiza bati: “Nyagasani, nta muntu n’umwe ku isi washobora gusubiza icyo kibazo watubajije! Nta mwami n’umwe uko yaba akomeye kose, wigeze abaza abanyabugenge cyangwa abapfumu cyangwa abahanga mu by’inyenyeri ikibazo nk’icyo.

11 Icyo utubaza kiraruhije, kuko imana zonyine ari zo zabasha kukiguhishurira kandi ntizituye mu bantu.”

12 Ibyo bituma umwami arakara cyane arabisha, ategeka ko bica abanyabwenge bose b’i Babiloni.

13 Amaze guca iteka ryo kwica abanyabwenge, bajya gufata Daniyeli na bagenzi be kugira ngo na bo babice.

Imana ihishurira Daniyeli inzozi z’umwami

14 Ariyoki umutware w’abarinzi b’umwami, ni we wari woherejwe kwica abanyabwenge b’i Babiloni.

Nuko Daniyeli avugana ubwitonzi n’ubushishozi,

15 abaza Ariyoki umurinzi mukuru w’umwami ati: “Kuki umwami yaduciriye iteka rikaze rityo?” Ariyoki amusobanurira uko byagenze.

16 Daniyeli ahita ajya kureba umwami, amusaba igihe cyo kwitegura kumusobanurira inzozi.

17 Arataha abimenyesha bagenzi be Hananiya na Mishayeli na Azariya.

18 Ababwira gusaba Imana nyir’ijuru ngo ibagirire impuhwe maze ibahishurire ayo mayobera, kugira ngo be kwicanwa n’abandi banyabwenge b’i Babiloni.

19 Nuko nijoro Daniyeli arabonekerwa, ahishurirwa ayo mayobera maze asingiza Imana nyir’ijuru

20 avuga ati:

“Imana nisingizwe iteka ryose!

Koko ubwenge n’ubushobozi ni ibyayo.

21 Ni yo ituma ibihe n’imyaka bisimburana,

ni yo inyaga abami ikimika abandi,

ni yo iha ubwenge abanyabwenge,

abazi gushishoza ni yo ibaha ubumenyi.

22 Ni yo ihishura amabanga n’ibihishwe kure,

ni yo izi ibiri mu mwijima,

aho iri harangwa n’umucyo.

23 Mana ya ba sogokuruza ndakuramya,

ndagusingiriza ko wampaye ubwenge n’ubushobozi!

None umaze kuduha icyo twagusabye,

uduhishuriye inzozi z’umwami.”

Daniyeli asobanura inzozi z’umwami

24 Nuko Daniyeli ajya kwa Ariyoki, wa wundi umwami yashinze kwica abanyabwenge b’i Babiloni aramubwira ati: “Ntiwice abanyabwenge b’i Babiloni, ahubwo njyana ibwami nsobanurire umwami inzozi ze.”

25 Ariyoki arihuta ajyana Daniyeli ibwami, abwira umwami ati: “Nyagasani, nabonye umugabo mu Bayuda bazanywe ho iminyago uri bugusobanurire inzozi zawe.”

26 Umwami abaza Daniyeli wahimbwe Beliteshazari ati: “Mbese ushobora kumbwira inzozi narose n’icyo zisobanura?”

27 Daniyeli asubiza Umwami Nebukadinezari ati: “Nyagasani, amayobera wifuza kumenya nta munyabwenge cyangwa umupfumu, cyangwa umunyabugenge cyangwa uzi kuragura ushobora kuyakubwira.

28 Nyamara nyagasani, hari Imana yo mu ijuru isobanura amayobera, ni yo yakumenyesheje ibizaba mu gihe kizaza. Dore ibyo weretswe mu nzozi uryamye.

29 “Nyagasani, igihe wari uryamye wagejejweho ibizabaho mu gihe kizaza, Imana ihishura amayobera ni yo yabikumenyesheje.

30 Naho jye icyatumye mpishurirwa ayo mayobera si uko ndusha abandi ubwenge, ahubwo kwari ukugira ngo ushobore gusobanurirwa inzozi ziguhangayikishije.

31 “Nyagasani, wagiye kubona ubona ishusho rinini. Koko ryari rinini bikabije, rirabagirana cyane kandi kurireba byari biteye ubwoba.

32 Umutwe waryo wari izahabu inoze, igituza n’amaboko byari ifeza, inda n’amatako byari umuringa,

33 amaguru yari icyuma, ibirenge byari icyuma kivanze n’ibumba.

34 Ucyitegereza iyo shusho, ibuye rirarimbuka nta wuririmbuye, ryikubita ku birenge bikozwe mu cyuma n’ibumba by’iyo shusho rirabijanjagura.

35 Nuko icyuma n’ibumba n’umuringa n’ifeza n’izahabu byose birajanjagurika, bihinduka nk’umurama wo ku mbuga mu gihe cy’isarura, umuyaga urabitumura ntihagira igisigara. Naho rya buye ryikubise ku ishusho rihinduka umusozi munini ukwira isi yose.

36 Nyagasani, ngizo inzozi warose kandi reka nkubwire icyo zisobanura.

37 “Nyagasani mwami w’abami, Imana nyir’ijuru yaguhaye ubwami n’ububasha n’imbaraga n’ikuzo.

38 Yaguhaye gutegeka abantu n’inyamaswa n’inyoni aho biba hose, ikugira umutware wabyo byose, bityo ni wowe wa mutwe w’izahabu.

39 Ubwami bwawe buzakurikirwa n’ubundi bwami budahwanyije n’ubwawe gukomera, kandi hazaza ubundi bwa gatatu bugereranywa n’umuringa buzategeka isi yose,

40 hanyuma hazakurikiraho ubundi bwa kane bukomeye nk’icyuma. Nk’uko icyuma kimenagura ibintu byose kikabijanjagura, ni ko n’ubwo bwami buzamenagura bukajanjagura ubwo bundi.

41 Ibirenge n’amano wabonye byari ibumba rivanze n’icyuma, bishushanya ko ubwo bwami butazashyira hamwe, ariko buzaba burimo ugukomera nk’ukw’icyuma, nk’uko wabonye icyuma kivanze n’ibumba.

42 Naho amano y’icyuma n’ibumba yerekana ko igice kimwe cy’ubwami kizaba gikomeye, ikindi kidakomeye.

43 Ubundi kandi, icyuma kivanze n’ibumba wabonye bishushanya ko abami bazivanga bashyingirana, ariko nta cyo bizabamarira.Erega icyuma n’ibumba ntibyigera bifatana!

44 “Ku ngoma z’abo bami, Imana nyir’ijuru izashyiraho ubwami buzahoraho ntibuhangūke kandi nta wuzabwigarurira. Ubwo bwami buzarimbura butsembe ubundi bwami bwose bwabubanjirije, maze bwo buhoreho iteka ryose.

45 Ubwo bwami bushushanywa na rya buye weretswe ryarimbukaga ku musozi nta wuririmbuye, rikajanjagura icyuma n’umuringa n’ibumba n’ifeza n’izahabu. Nyagasani, Imana ikomeye yakweretse ibizabaho mu gihe kizaza. Inzozi ni izo, n’ibisobanuro byazo bifite ishingiro.”

Umwami agororera Daniyeli

46 Nuko Umwami Nebukadinezari yikubita hasi yubamye, aha Daniyeli icyubahiro, ategeka kandi ko batura Daniyeli ibitambo n’imibavu.

47 Umwami abwira Daniyeli ati: “Mu by’ukuri Imana yanyu ni yo Mana irusha izindi zose gukomera, ni yo itegeka abami kandi igahishura amayobera! Koko ni yo yagushoboje kumpishurira aya mayobera.”

48 Nuko umwami ashyira Daniyeli mu rwego rwo hejuru, amuha gutegeka intara yose ya Babiloni, amugira umutware w’abanyabwenge baho bose, amuha n’impano nyinshi zifite agaciro.

49 Daniyeli asaba umwami guha Shadaraki na Meshaki na Abedinego ubutegetsi bw’intara ya Babiloni. Daniyeli we yigumira ibwami.

Categories
Daniyeli

Daniyeli 3

Itegeko ryo gusenga ishusho y’izahabu

1 Umwami Nebukadinezari yacurishije ishusho mu izahabu, ifite uburebure bwa metero mirongo itatu n’ubugari bwa metero eshatu. Nuko ayihagarika mu kibaya cya Dura ho mu ntara ya Babiloni.

2 Umwami Nebukadinezari atumiza abategetsi b’ibihugu bikomatanyije, n’abaminisitiri n’abategetsi b’ibihugu n’abajyanama bakuru, n’abacungamari n’abacamanza n’abahanga mu by’amategeko, n’abatware bose b’intara ngo baze mu munsi mukuru wo kwerekana ishusho yahagaritse.

3 Abategetsi b’ibihugu bikomatanyije n’abaminisitiri n’abategetsi b’ibihugu, n’abajyanama bakuru n’abacungamari n’abacamanza, n’abahanga mu by’amategeko n’abatware bose b’intara, barakorana baza mu munsi mukuru wo kwerekana ishusho Umwami Nebukadinezari yari yahagaritse. Baraza bayihagarara imbere.

4 Nuko intumwa y’umwami irangurura ijwi iti: “Yemwe bantu b’amahanga yose n’amoko yose n’abavuga indimi izo ari zo zose mwe, nimwumve icyo mutegetswe!

5 Nimwumva bavugije ihembe n’imyironge, n’inanga y’indoha n’inanga nyamuduri, n’iningiri n’amakondera n’ibindi bikoresho byose bya muzika, mwikubite hasi muramye ishusho y’izahabu Umwami Nebukadinezari yahagaritse.

6 Umuntu wese utikubita hasi kugira ngo ayiramye, barahita bamujugunya mu itanura rigurumana.”

7 Ni yo mpamvu abantu b’amahanga yose n’amoko yose, n’abavuga indimi izo ari zo zose bumvise bavugije ihembe n’imyironge, n’inanga y’indoha n’inanga nyamuduri, n’iningiri n’ibindi bikoresho byose bya muzika, bikubise hasi baramya ishusho y’izahabu Umwami Nebukadinezari yari yahagaritse.

Bagenzi ba Daniyeli baregwa ku mwami

8 Ako kanya Abanyababiloniya bamwe baza kurega Abayuda.

9 Babwira Umwami Nebukadinezari bati: “Nyagasani uragahoraho!

10 Wowe ubwawe waciye iteka ko umuntu wese uzumva bavugije ihembe n’imyironge, n’inanga y’indoha n’inanga nyamuduri, n’iningiri n’amakondera n’ibindi bikoresho byose bya muzika, azikubita hasi akaramya ya shusho y’izahabu.

11 Wategetse kandi ko utazikubita hasi ngo ayiramye azajugunywa mu itanura rigurumana.

12 None dore hari Abayuda wahaye gutegeka intara ya Babiloni, ari bo Shadaraki na Meshaki na Abedinego. Nyagasani, abo bagabo ntabwo bakumvira, ntibasenga imana zawe kandi ntibaramya ya shusho y’izahabu wahagaritse.”

13 Nuko Nebukadinezari ararakara cyane arabisha, ategeka ko bamuzanira Shadaraki na Meshaki na Abedinego. Bamaze kubamuzanira

14 Nebukadinezari arababaza ati: “Shadaraki na Meshaki na Abedinego mwe, mbese ni koko ntimusenga imana zanjye kandi ntimuramya ishusho y’izahabu nahagaritse?

15 Noneho nimwumva bavugije ihembe n’imyironge, n’inanga y’indoha n’inanga nyamuduri, n’iningiri n’amakondera hamwe n’ibindi bikoresho byose bya muzika, mukemera kwikubita hasi mukaramya ishusho nacurishije nta cyo nzabatwara. Naho nimutayiramya murahita mujugunywa mu itanura rigurumana. Mbese hari imana yabasha kubankura mu maboko?”

16 Shadaraki na Meshaki na Abedinego basubiza umwami bati: “Nebukadinezari, si ngombwa ko tugira icyo tugusubiza kuri ibyo.

17 Nitujugunywa mu itanura rigurumana, Imana dukorera ishobora kudukiza, kandi ishobora no kudukura mu maboko yawe, nyagasani.

18 Nyamara nubwo itadukiza, nyagasani umenye ko tutazasenga imana zawe kandi ko tutazaramya ishusho y’izahabu wahagaritse.”

Bagenzi ba Daniyeli bakatirwa urwo gupfa

19 Nuko Nebukadinezari ararakara cyane, areba Shadaraki na Meshaki na Abedinego igitsure. Ategeka gucana itanura ry’umuriro ukaze incuro ndwi kurusha uko byari bisanzwe.

20 Hanyuma atoranya mu ngabo ze abagabo bafite imbaraga, abategeka kuboha Shadaraki na Meshaki na Abedinego kugira ngo babajugunye mu itanura rigurumana.

21 Baboha abo bagabo uko bakambaye amakabutura n’amakanzu n’ingofero n’amakoti, babajugunya hagati mu itanura rigurumana.

22 Kubera ko itegeko ry’umwami ryari rikaze n’itanura ritwika cyane, abo basirikari bari bajugunyemo Shadaraki na Meshaki na Abedinego bishwe n’ibirimi by’umuriro!

23 Naho abo bagabo uko ari batatu, Shadaraki na Meshaki na Abedinego bari bajugunywe mu itanura rigurumana uko bakaboshywe.

Bagenzi ba Daniyeli barokoka itanura

24 Nuko Umwami Nebukadinezari ubwoba buramutaha, ahaguruka bwangu abaza ibyegera bye ati: “Mbese ntitwajugunye mu muriro abagabo batatu baboshye?”

Baramusubiza bati: “Ni byo nyagasani.”

25 Umwami arongera ati: “Nyamara ndabona abagabo bane bataboshye bagenda mu muriro rwagati kandi nta cyo wabatwaye! Uwa kane arasa n’imana.”

Bagenzi ba Daniyeli barekurwa kandi bazamurwa mu ntera

26 Hanyuma Nebukadinezari yegera umuryango w’itanura rigurumana, arahamagara ati: “Shadaraki na Meshaki na Abedinego, bagaragu b’Imana Isumbabyose mwe, nimusohoke muze hano.” Nuko Shadaraki na Meshaki na Abedinego bava mu muriro.

27 Abategetsi b’ibihugu bikomatanyije n’abaminisitiri, n’abategetsi b’ibihugu n’ibyegera by’umwami barakorana, barebye abo bagabo babona ko umuriro nta cyo watwaye imibiri yabo, n’imisatsi yabo itababutse, n’imyambaro yabo itahiye, ndetse nta n’umuriro ubanukaho.

28 Nebukadinezari aravuga ati: “Nihasingizwe Imana ya Shadaraki na Meshaki na Abedinego, yo yohereje umumarayika wayo igakiza abagaragu bayo bayizera. Baciye ku itegeko ryanjye, bahara amagara yabo aho gukorera no kuramya izindi mana zitari Imana yabo!

29 None ntegetse ab’amahanga yose n’ab’amoko yose, n’abavuga indimi izo ari zo zose, ko uzavuga nabi Imana ya Shadaraki na Meshaki na Abedinego, azatemagurwa n’inzu ye igahindurwa aho bamena imyanda. Erega nta yindi mana ishobora gukiza nka yo.”

30 Nuko umwami azamura mu ntera Shadaraki na Meshaki na Abedinego, abashinga imyanya ikomeye mu ntara ya Babiloni.

Nebukadinezari yogeza Imana

31 Dore uko Umwami Nebukadinezari abwira ab’amahanga yose, n’ab’amoko yose n’abavuga indimi izo ari zo zose batuye isi yose:

Nimugire ishya n’ihirwe!

32 Nabonye binogeye kubamenyesha ibimenyetso n’ibitangaza Imana Isumbabyose yankoreye.

33 Mbega ukuntu ibimenyetso byayo bikomeye!

Mbega ukuntu ibitangaza byayo byerekana ububasha!

Ingoma yayo izahoraho iteka,

ubutegetsi bwayo buzabaho uko ibihe bihaye ibindi.

Categories
Daniyeli

Daniyeli 4

Inzozi zerekeye igiti kinini

1 Jyewe Nebukadinezari, nari nibereye mu ngoro yanjye nguwe neza nezerewe,

2 ndota inzozi zimpagarika umutima, kuko ibyo nabonye n’ibyo natekereje ndyamye byari biteye ubwoba.

3 Nuko ntegeka ko banzanira abanyabwenge bose b’i Babiloni, kugira ngo bansobanurire inzozi narose.

4 Abanyabugenge n’abapfumu n’abahanga mu by’inyenyeri, n’abazi kuragura baraza mbarotorera izo nzozi, ariko ntibashobora kuzinsobanurira.

5 Bigeze aho haza Daniyeli, bahimbye Beliteshazari bamwitiriye imana nsenga. Ni umuntu ukoreshwa n’umwuka w’imana zitagira inenge.

Nuko murotorera inzozi zanjye nti:

6 “Beliteshazari mutware w’abanyabugenge we, nzi ko ukoreshwa n’umwuka w’imana zitagira inenge kandi nta mayobera akunanira, ngaho nsobanurira ibyo neretswe mu nzozi narose!

7 Dore ibyo nabonye ndyamye: nabonye igiti cyameze ku isi hagati kandi ari kirekire cyane.

8 Igiti kirakura kirakomera, ubushorishori bwacyo bugera ku ijuru kandi cyitegeye abo ku mpera z’isi.

9 Cyari gifite amababi atoshye n’imbuto nyinshi, ku buryo buri wese yasoromagaho izo kurya. Inyamaswa zugamaga munsi yacyo kandi ibisiga bikibera mu mashami yacyo, icyaremwe cyose kikakibonaho ikigitunga.

10 Noneho mu nzozi narotaga ndyamye, ngiye kubona mbona umumarayika muziranenge amanuka mu ijuru.

11 Arangurura ijwi ati: ‘Tsinda icyo giti ukōkōre amashami, ukureho amababi maze unyanyagize imbuto zacyo! Inyamaswa zikive munsi n’ibisiga bive mu mashami yacyo!

12 Ariko igishyitsi n’imizi yacyo ubirekere mu butaka, bihambirizweho icyuma n’umuringa, bigume mu bwatsi bwo mu gasozi! Nuko icyo gishyitsi gitondweho n’ikime kandi kibane n’inyamaswa mu rwuri.

13 Ubwenge bwacyo buhinduke bwe kuba nk’ubw’umuntu, ahubwo gihabwe ubwenge nk’ubw’inyamaswa, kugeza ubwo kizaba kimaze imyaka irindwi.

14 Iryo teka ryanyujijwe ku bamarayika baziranenge bararitangaza, kugira ngo ibyaremwe byose bimenye ko Isumbabyose ari yo igenga ubutegetsi bw’abantu. Ni yo ibugabira uwo ishaka, ikabuha ndetse n’uworoheje.’

15 Ngizo inzozi narose, jyewe Umwami Nebukadinezari. None rero Beliteshazari, ngaho zinsobanurire kuko nta munyabwenge n’umwe wo mu gihugu cyanjye washoboye kuzinsobanurira, icyakora wowe urabishoboye kuko ukoreshwa n’umwuka w’imana zitagira inenge.”

Daniyeli asobanura inzozi

16 Nuko Daniyeli bahimbye Beliteshazari, amara akanya atashywe n’ubwoba n’ibitekerezo bimubana byinshi. Umwami aramubwira ati: “Beliteshazari we, inzozi narose n’icyo zisobanura ntibigutere umutima uhagaze!”

Beliteshazari arasubiza ati: “Nyagasani, iyaba inzozi warose zari ku banzi bawe n’icyo zisobanura kikaba ku bakurwanya!

17 Wabonye igiti cyakuze kandi gikomeye, ubushorishori bwacyo bwageraga ku ijuru kandi cyitegeye abo ku isi yose.

18 Cyari gifite amababi atoshye n’imbuto nyinshi, ku buryo buri wese yasoromagaho izo kurya. Inyamaswa ziberaga munsi yacyo, kandi ibisiga bikarika mu mashami yacyo.

19 Nyagasani rero, icyo giti ni wowe gishushanya. Warakomeye uba ikirangirire, ikuzo ryawe rigera ku ijuru n’ubutegetsi bwawe bugera ku mpera z’isi.

20 Hanyuma nyagasani, wabonye umumarayika muziranenge amanuka mu ijuru aravuga ati: ‘Tsinda icyo giti ukimareho, ariko igishyitsi n’imizi ubirekere mu butaka bihambirizweho icyuma n’umuringa, bigume mu bwatsi bwo mu gasozi. Nuko icyo gishyitsi gitondweho n’ikime kandi kibane n’inyamaswa, kugeza ubwo kizaba kimaze imyaka irindwi.’

21 “Nyagasani, icyo izo nzozi zisobanura ngiki: ni iteka Isumbabyose yaguciriyeho, nyagasani Mwami!

22 Ugiye kwirukanwa mu bantu ubane n’inyamaswa. Imyaka irindwi yose uzajya urisha nk’amatungo, utondweho n’ikime. Amaherezo uzemera ko Isumbabyose ari yo igenga ubutegetsi bw’abantu ikabuha uwo ishaka.

23 Itegeko ryo kureka igishyitsi n’imizi risobanura ko ubwami bwawe uzabusubizwa, igihe uzemera ko Imana nyir’ijuru ari yo igenga byose.

24 None rero nyagasani, inama nkugira zikunogere. Reka ibyaha byawe ukore ibitunganye, reka ibicumuro byawe ugirire neza abanyamibabaro, ahari nugenza utyo uzakomeza ugire ishya n’ihirwe.”

Umwami akabya inzozi

25 Nyamara Umwami Nebukadinezari yaje gukabya inzozi.

26 Hashize umwaka, igihe yariho agendagenda ku gisengecy’ingoro ye i Babiloni,

27 yaravuze ati: “Dore ukuntu Babiloni ari umujyi ukomeye! Kubera ko ndi igihangange, ni jyewe ubwanjye wayiyubakiye kugira ngo ibe umurwa wa cyami impeshe icyubahiro.”

28 Umwami akivuga ayo magambo yumva ijwi ry’uvugira mu ijuru ati: “Yewe Mwami Nebukadinezari, ni wowe ubwirwa! Ugiye kuva ku ngoma.

29 Ugiye kwirukanwa mu bantu ubane n’inyamaswa. Uzamara imyaka irindwi yose urisha nk’amatungo, amaherezo uzemera ko Isumbabyose ari yo igenga ubutegetsi bw’abantu ikabuha uwo ishaka.”

30 Ako kanya ibyo biba kuri Nebukadinezari. Yirukanwa mu bantu, arisha nk’amatungo, atondwaho n’ikime, umusatsi we urashokonkora umera nk’amoya ya kagoma, n’inzara ze zimera nk’iz’icyanira.

Nebukadinezari agarura akenge

31 Imyaka irindwi ishize, jyewe Nebukadinezari nibuka Imana maze ngarura akenge. Nuko nsingiza Imana Isumbabyose, nshima Uhoraho kandi muhesha ikuzo nti:

Ubutegetsi bwe buzahoraho iteka,

ingoma ye izahoraho uko ibihe bihaye ibindi.

32 Kuri we abatuye isi bose ni ubusa,

ingabo zo mu ijuru n’abatuye isi abakoresha uko ashaka.

Ntawe ubasha kumukoma mu nkokora,

ntawe ubasha kumuvuguruza.

33 Muri ako kanya nkigarura akenge, ishema n’isheja nahoranye ndabisubirana, bituma ingoma yanjye yongera kubahwa. Ibyegera byanjye n’ibikomangoma biza kunshengerera, ingoma yanjye irushaho gukomera, mpabwa icyubahiro kiruta icyo nahoranye.

34 None jyewe Nebukadinezari, ndaramya Umwami nyir’ijuru, ndamusingiza ndamwogeza. Ibyo akora byose biratunganye, arangwa n’ubutabera, ni we ubasha gucisha bugufi abirasi.

Categories
Daniyeli

Daniyeli 5

Ibirori by’Umwami Belishazari

1 Umwami Belishazariakoresha ibirori bikomeye abitumiramo ibikomangoma igihumbi, maze asangira na byo divayi.

2 Belishazari akiyinywa, ategeka ko bamuzanira ibikoresho byo ku meza by’izahabu n’ifeza, umukurambere we Nebukadinezari yari yarasahuye mu Ngoro y’Imana i Yeruzalemu. Kwari ukugira ngo we n’ibikomangoma bye, n’abagore be n’inshoreke ze babinyweshe.

3 Nuko bazana ibikoresho by’izahabu byasahuwe mu Ngoro y’Imana i Yeruzalemu, umwami n’ibikomangoma bye n’abagore be n’inshoreke ze barabinywesha.

4 Bityo banywa divayi, basingiza ibigirwamana bikozwe mu izahabu no mu ifeza, no mu muringa no mu cyuma, no mu giti no mu ibuye.

5 Ako kanya haboneka intoki z’umuntu, zandika ku nzu aharinganiye n’igitereko cy’amatara mu ngoro y’umwami. Umwami abonye icyo kiganza cyandika

6 ashya ubwoba, ibitekerezo bye bimutera guhangayika, acika umugongo n’amavi arakomangana.

7 Arangurura ijwi, ategeka ko bamuzanira abapfumu n’abahanga mu by’inyenyeri n’abazi kuragura. Abwira abo banyabwenge b’i Babiloni ati: “Umuntu wese ubasha gusoma iyi nyandiko akayinsobanurira, arambikwa imyambaro y’agaciro n’umukufi w’izahabu mu ijosi kandi ahabwe umwanya wa gatatu mu bwami.”

8 Nuko abanyabwenge bose b’umwami begera iyo nyandiko, ariko ntihagira n’umwe ushobora kuyisoma no kuyisobanurira umwami.

9 Ibyo bituma Umwami Belishazari arushaho gushya ubwoba, ahinduka ukundi n’ibikomangoma bye birakangarana.

10 Umugabekazi yumvise ijwi ry’umwami n’amajwi y’ibikomangoma, yinjira mu cyumba cy’ibirori abwira umwami ati: “Nyagasani, uragahoraho! Ntuhangayike kandi ngo uhinduke ukundi!

11 Mu gihugu cyawe hari umuntu ukoreshwa n’umwuka w’imana zitagira inenge. Ku ngoma y’umukurambere wawe basanze afite ubushishozi n’ubuhanga n’ubwenge nk’iby’imana. Umukurambere wawe, Umwami Nebukadinezari yamugize umutware w’abanyabugenge n’abapfumu, n’abahanga mu by’inyenyeri n’abazi kuragura. Nyagasani, uwo mukurambere wawe yabigenje atyo

12 kubera ko bari bamusanganye ubwenge budasanzwe n’ubumenyi n’ubushishozi, yashoboraga no gusobanura inzozi no guhishura amayobera, no gutanga ibisubizo by’ibyananiranye. Uwo muntu yitwa Daniyeli, umwami yamuhimbye Beliteshazari, none nibamuhamagare asobanure iriya nyandiko.”

Daniyeli asobanura inyandiko

13 Daniyeli bamuzanira umwami maze aramubaza ati: “Ese koko ni wowe Daniyeli, umwe mu Bayuda umukurambere wanjye yazanye ho iminyago abavanye i Buyuda?

14 Numvise ko ukoreshwa n’umwuka w’imana, kandi ko ufite ubushishozi n’ubuhanga n’ubwenge bidasanzwe.

15 None bamaze kunzanira abanyabwenge n’abapfumu kugira ngo basome iriya nyandiko bayinsobanurire, ariko ntibabishoboye.

16 Ahubwo bambwiye ko ari wowe ubasha gusobanura amayobera no gutanga ibisubizo by’ibyananiranye. None rero niba ushobora gusoma iyi nyandiko ukayinsobanurira, urambikwa imyambaro y’agaciro n’umukufi w’izahabu mu ijosi, kandi uhabwe umwanya wa gatatu mu bwami bwanjye.”

17 Nuko Daniyeli asubiza umwami ati: “Impano ushaka kumpa uzigumanire, n’ibihembo wangeneye ubihe abandi! Nyamara iriya nyandiko ndayigusomera nyigusobanurire.

18 Nyagasani, dore Imana Isumbabyose yahaye umukurambere wawe Nebukadinezari kwima ingoma no gukomera, imuha n’ikuzo n’icyubahiro.

19 Kubera ibyo, abantu b’amoko yose n’ab’amahanga yose n’abavuga indimi izo ari zo zose, baramutinyaga bakagira ubwoba. Yaricaga agakiza, yagabiraga uwo ashatse, akanyaga uwo ashatse.

20 Ariko yaje kwishyira hejuru arinangira ahinduka umunyagasuzuguro, kubera ibyo avanwa ku ngoma yamburwa n’ikuzo.

21 Yirukanywe mu bantu, ahabwa ubwenge nk’ubw’inyamaswa abana na zo. Yarishaga nk’amatungo, atondwaho n’ikime kugeza ubwo yemeye ko Imana Isumbabyose ari yo igenga ubutegetsi bw’abantu ikabuha uwo ishaka.

22 Nawe Belishazari wamusimbuye ku ngoma, ibyo byose warabimenye nyamara ntiwicishije bugufi.

23 Dore wasuzuguye Nyagasani nyir’ijuru, watumije ibikoresho byo mu Ngoro ye, wowe n’ibikomangoma n’abagore bawe n’inshoreke zawe mubinywesha divayi. Wasingije ibigirwamana bikozwe mu ifeza no mu izahabu, no mu muringa no mu cyuma, no mu giti no mu ibuye kandi bitabona ntibyumve, ntibigire n’ubwenge! Ariko Imana ikubeshejeho ikagenga n’imibereho yawe, ntiwigeze uyihesha ikuzo.

24 Ni cyo cyatumye yohereza ikiganza kikandika iriya nyandiko.

25 “Reka nyigusomere. MENE MENE TEKELI na PARESINI.

26 Dore igisobanuro cyayo: MENE risobanurwa ngo ‘Imana yabaze imyaka umaze ku ngoma iyishyiraho iherezo’.

27 TEKELI risobanurwa ngo ‘wapimwe ku munzani bigaragara ko udashyitse’.

28 PARESINI risobanurwa ngo ‘ingoma yawe yiciyemo ibice, igabijwe Abamedi n’Abaperesi’ ”.

29 Nuko Belishazari ategeka ko bambika Daniyeli imyambaro y’agaciro n’umukufi w’izahabu mu ijosi, batangaza ko ahawe umwanya wa gatatu mu bwami.

30 Iryo joro Belishazari umwami wa Babiloniya aricwa.

Categories
Daniyeli

Daniyeli 6

Abanzi ba Daniyeli bashaka uko bamurega

1 Ingoma ye igabizwa Umumedi Dariyusi, wari umaze imyaka mirongo itandatu n’ibiri y’amavuko.

2 Dariyusi yiyemeza gushyiraho abategetsi ijana na makumyabiri, bamutegekera hirya no hino mu bwami bwe.

3 Ashyiraho n’abayobozi batatu barimo Daniyeli kugira ngo abo bategetsi bajye babagezaho imitegekere yabo, bityo he kugira ubangamira inyungu z’umwami.

4 Daniyeli yarushaga cyane abandi bayobozi n’abategetsi ubwenge, ku buryo umwami yari afite umugambi wo kumwegurira ubutegetsi bw’ubwami bwe bwose.

5 Kubera ibyo abo bayobozi n’abategetsi, bashakishaga icyo bamurega cyerekeye umurimo yari yarashinzwe n’umwami, ariko bamuburagaho ikosa n’icyaha kuko yari inyangamugayo. Nta burangare cyangwa ubuhemu bamubonyeho.

6 Maze abo bagabo baravugana bati: “Nta kosa twabona ryo kurega Daniyeli, keretse dushakiye ikirego ku byerekeye amategeko y’Imana ye.”

7 Nuko abo bayobozi n’abategetsi basanga umwami bati: “Nyagasani Dariyusi, uragahoraho!

8 Abayobozi bawe n’abaminisitiri, n’abategetsi n’abajyanama n’abatware, twese twaremye inama yo gushyiraho itegeko ry’umwami no kuryubahiriza. Iryo tegeko ni iri: mu minsi mirongo itatu birabujijwe gusenga imana izo ari zo zose cyangwa umuntu uwo ari we wese, uretse wowe nyagasani. Umuntu wese utazubahiriza iryo tegeko azajugunywa mu rwobo rw’intare.

9 None rero nyagasani, emeza iryo tegeko baryandike maze urishyireho umukono kugira ngo ridakuka, nk’uko bigenda ku mategeko y’Abamedi n’Abaperesi adakuka.”

10 Nuko Umwami Dariyusi ashyira umukono kuri iryo tegeko.

Daniyeli ajugunywa mu rwobo rw’intare

11 Daniyeli ngo yumve ko iryo tegeko ryatangajwe, arataha. Ajya mu cyumba cyo hejuru, amadirishya yacyo yari akinguye yerekeje i Yeruzalemu. Akomeza kuhapfukama no gusenga no gushimira Imana ye gatatu ku munsi, nk’uko yari asanzwe abikora.

12 Ba bagabo bajya kwa Daniyeli basanga asenga Imana ye ayitakambira.

13 Nuko basanga umwami bavugana na we ku byerekeye rya tegeko, baramubaza bati: “Nyagasani, mbese ntiwatangaje itegeko rivuga ko mu minsi mirongo itatu, umuntu wese uzasenga imana izo ari zo zose cyangwa umuntu uwo ari we wese uretse wowe, azajugunywa mu rwobo rw’intare?”

Umwami arasubiza ati: “Koko, ni itegeko ryashyizweho rikurikije amategeko y’Abamedi n’Abaperesi adakuka.”

14 Barongera babwira umwami bati: “Daniyeli, umwe mu Bayuda bazanywe ho iminyago, aragusuzugura wowe n’itegeko watangaje! Dore asenga Imana ye gatatu ku munsi.”

15 Umwami yumvise ayo magambo agira agahinda kenshi, atekereza uko yakiza Daniyeli. Bwarinze bwira agishakisha uko ari bumukize.

16 Ba bagabo bongera gusanga umwami bati: “Nyagasani, uzirikane ko ukurikije amategeko y’Abamedi n’Abaperesi, nta tegeko cyangwa iteka ryatangajwe n’umwami rishobora gukuka.”

17 Nuko umwami ategeka ko bazana Daniyeli bakamujugunya mu rwobo rw’intare. Umwami aramubwira ati: “Imana yawe usenga buri gihe igukize.”

18 Bazana ibuye barikingisha urwobo, umwami ashyiraho ikashe ye bwite n’iz’ibikomangoma bye kugira ngo hatagira uhindura ibitegetswe kuri Daniyeli.

19 Umwami ajya mu ngoro ye arara atariye, yirinda ibimushimisha kandi ntiyabasha gusinzira.

Imana ikiza Daniyeli intare

20 Bugicya kare mu gitondo umwami arabyuka, yihuta agana ku rwobo rw’intare.

21 Ageze hafi yarwo ahamagara Daniyeli n’umubabaro mwinshi ati: “Yewe Daniyeli mugaragu w’Imana nzima we, mbese Imana ukorera buri gihe yashoboye kugukiza intare?”

22 Daniyeli asubiza umwami ati: “Nyagasani, uragahoraho!

23 Imana yanjye yohereje umumarayika wayo, abumba iminwa y’intare ntizagira icyo zintwara. Imana yasanze ndi umwere, kandi nawe nyagasani nta cyo nagucumuyeho.”

24 Nuko umwami aranezerwa cyane, ategeka kuzamura Daniyeli bakamuvana mu rwobo. Ntibagira igikomere bamusangana kubera ko yari yiringiye Imana ye.

25 Umwami ategeka ko bazana ba bagabo bareze Daniyeli, babajugunya mu rwobo rw’intare bo n’abagore babo n’abana babo. Bataragera mu rwobo hasi, intare zibasamira hejuru zirabahekenya.

26 Nuko Umwami Dariyusi yandikira abantu b’amoko yose, n’ab’amahanga yose n’abavuga indimi izo ari zo zose batuye ku isi yose ati: “Nimugire ishya n’ihirwe!

27 Ntanze itegeko ngo mu bihugu byose by’ubwami bwanjye, mujye mwubaha kandi mutinye Imana ya Daniyeli.

Ni yo Mana nzima,

izahoraho iteka ryose.

Ubwami bwayo ntibuzahangūka,

ubutegetsi bwayo ntibuzavaho.

28 Ni yo irokora igakiza,

ni yo itanga ibimenyetso igakora ibitangaza,

ibikora mu ijuru no ku isi.

Ni yo yakuye Daniyeli mu nzara z’intare.”

29 Nuko Daniyeli akomeza kugubwa neza ku ngoma ya Dariyusi no ku ya Sirusiw’Umuperesi.

Categories
Daniyeli

Daniyeli 7

Daniyeli yerekwa ibikōko bine

1 Mu mwaka wa mbere Belishazari umwami wa Babiloniya ari ku ngoma, jyewe Daniyeli narose inzozi mbonekerwa ndyamye. Dore nanditse ibyo neretswe

2 uko byakurikiranye: mu ibonekerwa ryanjye nijoro ndyamye, nabonye imiyaga iturutse impande zose ihungabanya inyanja ngari.

3 Nuko ibikōko bine biva muri iyo nyanja, buri gikōko cyari gifite ishusho yacyo cyihariye.

4 Icya mbere cyasaga n’intare, kandi gifite amababa nk’aya kagoma, ngiye kubona mbona bagikuyeho amababa, gihagarara ku maguru cyemye nk’umuntu kandi gihabwa ubwenge nk’ubw’umuntu.

5 Igikōko cya kabiri cyo cyasaga n’ikirūra, mbona cyegutse uruhande rumwe, kandi mu mikaka yacyo hatambitse imbavu eshatu, barakibwira bati: “Ngaho rya inyama nyinshi!”

6 Nkomeza kwitegereza mbona igikōko cya gatatu, cyasaga n’ingwe, cyari gifite amababa ane ku mugongo nk’ay’igisiga n’imitwe ine, kandi gihabwa ububasha.

7 Nkomeza kubonekerwa nijoro, mbona igikōko cya kane, cyari gitandukanye rwose n’ibyo bindi bitatu. Cyari gifite imbaraga nyinshi, giteye ubwoba kandi gikanganye. Cyari gifite amahembe icumin’imikaka minini y’icyuma, kikarya umuhīgo kikawuhekenya, ibisigazwa kikabiribata.

8 Ngitekereza kuri ayo mahembe, mbona irindi hembe rito rimerera mu yandi maze atatu muri yo arakuka. Iryo hembe rito ryari rifite amaso nk’ay’umuntu n’akanwa kavugaga amagambo y’ubwirasi.

Daniyeli yerekwa Imana n’umwana w’umuntu

9 Nkomeza kureba

mbona batera intebe za cyami,

Uwabayeho ibihe byosearicara.

Imyambaro ye yarereranaga nk’inyange,

umusatsi we wasaga n’ubwoya bw’intama bwera,

intebe ye ya cyami yari ibirimi by’umuriro,

inziga zayo zagurumanaga nk’umuriro.

10 Imbere ye haturukaga umuriro utemba nk’umugezi,

abagaragu ibihumbi n’ibihumbi baramuherezaga,

uko bari ibihumbi bitabarika bahagaze imbere ye.

Urukiko rujyamo,

ibitabo by’ibyo abantu bakoze barabibumbura.

11 Ndakomeza ndareba, nibaza ku magambo y’ubwirasi rya hembe ryakomezaga kuvuga. Nuko ngiye kubona mbona cya gikōko cya kane baracyishe bakijugunya mu muriro ugurumana.

12 Bya bikōko bindi byamburwa ububasha bwabyo, ariko byongererwa iminsi yo kubaho, kumara igihe byateganyirijwe.

13 Nkomeza kubonekerwa nijoro, mbona usa n’umwana w’umuntu aje ku bicu byo ku ijuru. Mbona agana aho Uwabayeho ibihe byose yari ari, baramumushyikiriza.

14 Ahabwa ubutegetsi n’ikuzo n’ubwami kandi abantu b’amoko yose n’ab’amahanga yose n’abavuga indimi izo ari zo zose baramuyoboka. Ubutegetsi bwe ni ubutegetsi bw’iteka butazashira, kandi ingoma ye ntizahangūka.

Icyo ibikōko bine bishushanya

15 Jyewe Daniyeli, ibyo neretswe byanteye ubwoba bimpagarika umutima.

16 Nuko negera umwe mu bari bahagaze aho, musaba kunsobanurira ukuri kw’ibyo neretswe byose. Arabinsobanurira amenyesha icyo bivuga ati:

17 “Bya bikōko binini uko ari bine bishushanya ubwami bune buzashingwaku isi.

18 Ariko amaherezo intore z’Isumbabyose zizagabirwa ubwo bwami kandi zizabuhorana iteka ryose.”

19 Nuko nshaka gusobanukirwa ukuri kwerekeye igikōko cya kane cyari gitandukanye rwose n’ibindi uko ari bitatu, cyari gikanganye cyane kandi gifite n’imikaka y’icyuma n’inzara z’umuringa, cyaryaga umuhīgo kikawuhekenya, ibisigazwa kikabiribata.

20 Nashatse kandi gusobanukirwa ibyerekeye amahembe icumi cyari gifite ku mutwe, n’ibyerekeye irindi hembe ryahameze, maze andi atatu agakuka. Iryo hembe ryari rifite amaso n’akanwa kavuga amagambo y’ubwirasi, kandi ryasaga n’irirusha ayandi ubuhangange.

21 Nkomeje kureba, mbona iryo hembe rirwanya intore z’Imana rigiye kuzitsinda.

22 Ariko Uwabayeho ibihe byose atabara intore ze, arazirenganura. Igihe kigeze zima ingoma.

23 Nuko wa wundi arambwira ati: “Igikōko cya kane gishushanya ubwami bwa kane buzaba buri ku isi butameze nk’ubundi bwose, buzigarurira isi yose buribate abayituye, bubarimbure.

24 Ya mahembe icumi yo ashushanya abami icumi bazategeka ubwo bwami. Nyuma yaho hazabaho undi mwami uzaba atameze nk’abamubanjirije, maze atsinde batatu muri bo.

25 Azatuka Isumbabyose kandi azatoteza intore zayo, azafata umugambi wo guhindura iminsi mikuru n’amategeko byayo. Uwo mwami azatoteza intore z’Imana igihe cy’imyaka itatu n’igice.

26 Amaherezo urukiko rw’Imana ruzajyamo rumwambure ubutegetsi, maze butsembwe burundu.

27 Naho ubwami n’ubutegetsi n’icyubahiro cy’ubwami bwose bwo ku isi bizahabwa imbaga y’intore z’Isumbabyose. Ubwami bwayo buzahoraho iteka, abategetsi bose bazajya bayumvira kandi banayikorere.”

28 Ayo magambo agarukiye aha. Ariko jyewe Daniyeli, ibyo neretswe byampagaritse umutima cyane bintera ubwoba, nyamara nakomeje kubizirikana.

Categories
Daniyeli

Daniyeli 8

Impfizi y’intama n’isekurume y’ihene

1 Mu mwaka wa gatatu Umwami Belishazari ari ku ngoma, jyewe Daniyeli nongeye kubonekerwa.

2 Nagiye kubona mbona ndi i Shushani mu gihugu cya Elamu, ku ruzi rwa Ulayi hafi y’ikigo ntamenwa cy’ibwami.

3 Nubuye amaso mbona impfizi y’intama ihagaze ku nkombe y’urwo ruzi. Yari ifite amahembe abiri maremare ariko iryameze nyuma risumba iryameze mbere.

4 Nuko mbona iyo mpfizi igenda irwanisha amahembe yayo yerekeje iburengerazuba no mu majyaruguru no mu majyepfo. Nta tungo na rimwe ryashoboraga kuyihangara kandi nta n’uwabashaga kuritabara. Yakoraga icyo ishatse kandi ikagenda iba ikirangirire.

5 Nkibaza ibyo nari maze kubona, mbona isekurume y’ihene iturutse iburengerazuba; iza yamagira ku isi yose idakoza amaguru hasi. Iyo sekurume yari ifite ihembe riteye amatsiko ryameze hagati y’amaso.

6 Iraza igeze hafi ya ya mpfizi y’intama ifite amahembe abiri nari nabonye ku nkombe y’uruzi, irayivudukana n’umujinya mwinshi.

7 Nuko mbona isekurume irakaye ishyikiriye ya mpfizi, irayisekura iyivuna amahembe abiri, impfizi ntiyashobora kuyihangara, maze isekurume iyikubita hasi irayiribata habura uwayitabara.

8 Isekurume y’ihene yagendaga iba ikirangirire cyane, ariko igifite ubuhangange bwayo bwose, ihembe ryayo rinini riravunika. Mu mwanya waryo hamera andi mahembe ane na yo ateye amatsiko kandi yerekeje impande zose.

9 Nuko kuri rimwe muri ayo mahembe hameraho irindi. Ryari rito ariko rikura bikabije ryerekeje mu majyepfo no mu burasirazuba no ku gihugu cyiza.

10 Rirakura rigera aho ingabo zo mu ijuru ziri, rihanantura zimwe muri zo hamwe n’inyenyeri zimwe ribiribatira hasi.

11 Rirakomera ryigira nk’Umugaba w’izo ngabo, rimubuza gutambirwa ibitambo bya buri munsi, risenya Ingoro ye nziranenge!

12 Koko ryari ryarigaruriye izo ngabo rikoresheje ubugome bwaryo, ryari ryarakuyeho n’ibitambo bya buri munsi noneho risandaza abaramyaga by’ukuri. Ibyo ryashakaga gukora byose ryabigeragaho.

13 Ngiye kumva numva umumarayikaaravuze, undi aramubwira ati: “Dore nawe muri iryo bonekerwa, ibitambo bya buri munsi ntibigitambwa, ubugome bwabaye kirimbuzi, Ingoro y’Imana barayigaruriye, ingabo zayo na zo barazitsembye. Ese ibyo bizagumaho bigeze ryari?”

14 Wa mumarayika wa mbere arambwira ati: “Hagomba gushira iminsi ibihumbi bibiri magana atatu nta gitambo cya buri mugoroba na buri gitondo gitambwa.Nyuma Ingoro y’Imana izongera itahwe.”

Umumarayika asobanura ibonekerwa

15 Nkitegereza ibyo neretswe kandi nkigerageza kubisobanukirwa, mbona usa n’umuntu ahagaze imbere yanjye.

16 Numva ijwi ry’umuntu riturutse ku ruzi rwa Ulayi rimubwira riti: “Gaburiyeli we, sobanurira uwo muntu ibyo yeretswe.”

17 Nuko aranyegera maze ngira ubwoba nikubita hasi nubamye. Arambwira ati: “Wa muntu we, usobanukirwe ko ibyo weretswe byerekeye igihe cy’imperuka.”

18 Akomeza kumbwira nubamye nataye ubwenge, maze aramfata arampagurutsa.

19 Arambwira ati: “Reka nkumenyeshe ibizaheruka igihe cy’uburakari bw’Imana, kandi icyo gihe kizaba ari igihe cy’imperuka.

20 Impfizi y’intama wabonye ifite amahembe abiri ishushanya ubwami bw’Abamedi n’Abaperesi.

21 Naho isekurume y’ihene ishushanya ubwami bw’Abagereki. Ihembe rikomeye riri hagati y’amaso yayo rishushanya umwami wabo w’ingenzi.

22 Iryo hembe rimaze kuvunika andi ane yameze aho ryari riri, ni yo ashushanya ubwami bune buzahangwa n’Abagereki, ariko ntibuzakomera nk’ubw’ingenzi bwabubanjirije.

23 Mu iherezo ry’ubwo bwami, abantu bazaba bakabije ubugome, kandi hazima umwami w’umunyarugomo n’umubeshyi.

24 Ububasha bwe buziyongera ariko atari we biturutseho. Azayogoza ibintu ku buryo butangaje, n’ibyo azashaka gukora byose azabigeraho. Azarimbura abakomeye n’ubwoko bweguriwe Imana.

25 Kubera uburyarya bwe, ibinyoma bye bizamuhira, azigira igihangange. Azarimbura abantu birāye bibwira ko ari amahoro, ndetse azarwanya Umwami w’abami! Nyamara amaherezo azicwa bitavuye ku muntu.

26 Ni yo mpamvu ibitambo bya buri mugoroba na buri gitondo bitazatambwa. Icyakora ibyo weretswe ubigire ibanga kuko byerekeye ibihe bizaza kera.”

27 Jyewe Daniyeli, ibyo byose byanciye intege mara iminsi ndwaye. Hanyuma nkomeza umurimo nari narashinzwe n’umwami. Ariko sinashoboye gusobanukirwa iryo bonekerwa, ryakomeje kumpagarika umutima.

Categories
Daniyeli

Daniyeli 9

Isengesho rya Daniyeli

1 Mu mwaka Dariyusi mwene Ahashuwerusi w’Umumedi yigaruriyemo Babiloniya akaba umwami waho,

2 jyewe Daniyeli nisomeye mu Byanditswe, mu gitabo cy’umuhanuzi Yeremiya. Nasobanukiwe ko Uhoraho yamuhishuriye ko Yeruzalemu yari kuzamara imyaka mirongo irindwi ishenywe.

3 Nuko nigomwa kurya, nambara imyambaro igaragaza akababaro, nisiga ivu, maze ntakambira Nyagasani Imana ndamwinginga.

4 Nsenga Uhoraho Imana yanjye, nemera ko twakoze ibyaha.

Naravuze nti: “Nyagasani Mana, wowe ukomeye kandi ufite igitinyiro, ukomeza Isezerano ryawe ukagirira neza abagukunda bagakurikiza amabwiriza yawe.

5 Nyamara twakoze ibyaha tugucumuraho, twagize nabi turakugomera, twateshutse amabwiriza yawe ntitwakurikiza n’ibyemezo wafashe.

6 Watumye abagaragu bawe b’abahanuzi ku bami bacu no ku bategetsi bacu no kuri ba sogokuruza, ndetse no ku baturage bose bo mu gihugu, ariko twabimye amatwi.

7 Nyagasani, uri intungane! Naho twebwe kugeza ubu twakozwe n’isoni baba twebwe Abayuda, baba abaturage b’i Yeruzalemu ndetse Abisiraheli bose, baba aba hafi cyangwa aba kure mu bihugu byose wadutatanyirijemo. Tumerewe dutyo kubera ko twaguhemukiye.

8 Koko Uhoraho, twebwe n’abami bacu n’abategetsi bacu na ba sogokuruza, dukozwe n’isoni kubera ko twagucumuyeho.

9 Ariko wowe Nyagasani Mana yacu, utugirira impuhwe ukatubabarira nubwo twakugomeye.

10 Uhoraho Mana yacu, ntitwakumviye kandi ntitwakurikije amabwiriza yawe wadutumyeho abagaragu bawe b’abahanuzi.

11 Abisiraheli bose iyo bava bakagera bishe Amategeko yawe banga kukumvira. None kubera ibyo waduhanishije umuvumo n’akaga byanditswe mu Mategeko ya Musa umugaragu wawe, koko rero twagucumuyeho.

12 Washohoje ibyo wari watuburiye twebwe n’abategetsi bacu, waduteje ibyago bikabije, dore bagiriye nabi Yeruzalemu ku buryo nta handi ku isi biraboneka.

13 Ibyo byago byatubayeho nk’uko byanditswe mu Mategeko ya Musa. Ariko Uhoraho Mana yacu, ntitwigeze tukwambaza cyangwa ngo tureke ibyaha byacu, kandi ngo tuzirikane ukuri wahishuye.

14 Koko Uhoraho Mana yacu, nta cyari kukubuza kuduteza ibyo byago kuko uri intungane mu byo ukora byose. Naho twebwe ntabwo twakumviye.

15 “Nyagasani Mana yacu, ubwo wadukuraga mu gihugu cya Misiri ukoresheje ububasha bwawe bwinshi wabaye icyamamare kugeza n’ubu, ariko twebwe ubwoko bwawe twakoze ibyaha tugucumuraho.

16 Nyagasani, uri intungane rwose. None rero wigarure ureke kurakarira umurwa wawe Yeruzalemu, wa musozi witoranyirije. Erega kubera ibyaha byacu n’ibicumuro bya ba sogokuruza, Yeruzalemu n’ubwoko bwawe dusuzugurwa n’amahanga adukikije!

17 Mana yacu, umva amasengesho yanjye n’icyo ngusaba. Girira ko uri Nyagasani, usanishe Ingoro yawe yasenyutse.

18 Mana yanjye, tega amatwi wumve! Ngaho reba akaga twagize n’ak’umurwa wakweguriwe. Turagutakambira tutishingikirije ubutungane bwacu, ahubwo twishingikirije impuhwe zawe nyinshi.

19 Nyagasani, utwumve! Nyagasani, utubabarire! Nyagasani, utwiteho ugire icyo ukora udatindiganyije! Bikore kubera ko uri Imana yacu natwe tukaba ubwoko bwawe, no kubera umurwa wawe wakweguriwe.”

Ubuhanuzi bw’imyaka magana ane na mirongo cyenda

20 Nuko nkomeza gusenga no kwemera ibyaha jye n’ubwoko bwanjye bw’Abisiraheli twakoze, kandi nkomeza kwambaza Uhoraho Imana yanjye nsabira Yeruzalemu, umusozi yitoranyirije.

21 Mu gihe nasengaga, Gaburiyeli wa muntu nigeze kubona mu ibonekerwa araguruka aranyegera, hari mu masaha yo gutamba igitambo cya nimugoroba.

22 Aransobanurira ati: “Daniyeli we, nazanywe no kukungura ubwenge.

23 Kuva ugitangira gusenga, Imana yaragushubije. None nkuzaniye igisubizo cyayo kuko igutonesha. Nuko rero zirikana igisubizo cyayo, uzirikane n’ibyo wahishuriwe.

24 Nyuma y’imyaka magana ane na mirongo cyenda,ni bwo ibicumuro n’ibyaha n’ubugome bw’ubwoko bwawe n’umurwa w’Imana yawe bizatsembwa bigashiraho. Ni bwo kandi ubutungane buzaganza iteka ryose, amabonekerwa n’ubuhanuzi bigasohozwa, Icyumba kizira inenge cyane kikegurirwa Imana hakoreshejwe amavuta.

25 Umenye kandi usobanukirwe ibi: uhereye igihe icyemezo cyo gusana no kubaka Yeruzalemu cyatangarijwe kugeza igihe hazabaho umutegetsi washyizweho bamusīze amavuta, hazaba hashize imyaka mirongo ine n’icyenda, mu yindi myaka magana ane na mirongo itatu n’ine Yeruzalemuizubakwa bushya, imihanda n’inkuta zayo bizasanwa, ariko hazaba ari mu bihe bikomeye.

26 Nyuma y’iyo myaka magana ane na mirongo itatu n’ine, ni bwo uwashyizweho bamusīze amavuta azicwa agakurwaho. Umurwa n’Ingoro yawo bizarimburwa n’ingabo z’umutegetsi uzaza. Ariko uwo mutegetsi na we azatsembwaho nk’utwawe n’umwuzure, kandi kugeza ku iherezo byemejwe ko hazaba ari intambara kirimbuzi.

27 Mu gihe cy’imyaka irindwi uwo mutegetsi azategekesha igitugu abantu benshi. Nyuma y’imyaka itatu n’igice, azakuraho ibitambo n’amaturo batura Imana. Ku munara w’Ingoro yayo azahashyira igiterashozi kirimbuzi, kizahaba kugeza igihe uwagishyizeho azarimburwa nk’uko Imana yabitegetse.”

Categories
Daniyeli

Daniyeli 10

Daniyeli abonekerwa ari ku ruzi rwa Tigiri

1 Mu mwaka wa gatatu Umwami Sirusi w’Umuperesi ari ku ngoma, Imana yahishuriye Daniyeli wahimbwe Beliteshazari ubutumwa bwayo. Ubwo butumwa ni ubw’ukuri kandi bwamenyeshaga intambara ikomeye. Daniyeli yabusobanuriwe mu ibonekerwa.

2 Muri icyo gihe, jyewe Daniyeli namaze ibyumweru bitatu nibabaje.

3 Sinigeze ndya inyama cyangwa ibindi byokurya byiza, sinigeze nywa divayi, nta n’ubwo nigeze nisīga amavuta kugeza ubwo ibyo byumweru bitatu bishize.

4 Ku itariki ya makumyabiri n’enye z’ukwezi kwa mbere, nari ku nkombe y’uruzi runini rwa Tigiri.

5 Nubuye amaso kugira ngo ndebe mbona umuntu wambaye imyambaro yera, akenyeje umukandara w’izahabu inoze.

6 Umubiri we wateraga ibishashi nk’ibuye ry’agaciro, mu maso he harabagiranaga nk’umurabyo, amaso ye yabengeranaga nk’indimi z’umuriro, amaboko n’amaguru bye byari bimeze nk’umuringa unoze. Iyo yavugaga wagiraga ngo ni amajwi y’abantu benshi.

7 Jyewe Daniyeli nari hamwe n’abandi, ariko ni jye jyenyine wabonekewe abandi ntibabonekerwa, ahubwo ubwoba bwinshi bwarabatashye barahunga bajya kwihisha.

8 Nuko nsigara jyenyine nitegereza iryo bonekerwa rikomeye. Byanteye gucika intege nshya ubwoba, nsigara nta mbaraga mfite.

9 Numvise amagambo y’uwo muntu, nikubita hasi nubamye nta ubwenge.

10 Nuko ikiganza kinkoraho kiranyegura, ndapfukama nshinga ibiganza mpinda umushyitsi.

11 Nuko uwo muntu arambwira ati: “Yewe Daniyeli watoneshejwe n’Imana, umva icyo amagambo nkubwira asobanura. Haguruka, dore Imana yakuntumyeho.” Akimara kumbwira ayo magambo mpita mpaguruka mpinda umushyitsi.

12 Arongera ati: “Daniyeli, wigira ubwoba. Kuva ku munsi wa mbere wiyemeje gusobanukirwa no kwicisha bugufi imbere y’Imana, yumvise isengesho ryawe none nkuzaniye igisubizo cyayo.

13 “Ariko ikinyabutware cyo mu Buperesi cyamaze ibyumweru bitatu kimbuza kukugeraho, maze Mikayeli umwe mu bamarayika bakuru, aza kuntabara kubera ko natindijwe n’ibinyabutware byo mu Buperesi.

14 Bityo naje kugira ngo ngusobanurire ibigomba kuba ku bwoko bwawe mu minsi izaza, kuko ibyo weretswe byerekeye iyo minsi.”

15 Ayo magambo yayambwiye nubitse umutwe ku butaka, ntinya kugira icyo mvuga.

16 Nuko haza usa n’umuntu ankora ku munwa, maze mbwira uwo wari uhagaze imbere yanjye nti: “Nyakubahwa, kubera ibyo neretswe nahiye ubwoba ncika intege.

17 None se Nyakubahwa, nkanjye umugaragu wawe nahangara nte kuvugana nawe? Dore nta gatege ngifite, n’akuka kanshizemo!”

18 Nuko wa wundi usa n’umuntu arongera ankoraho arampumuriza,

19 uwari wambaye imyambaro yera arambwira ati: “Yewe muntu watoneshejwe n’Imana, gira amahoro witinya. Komera! Komera!”

Akimvugisha, imbaraga zanjye ziriyongera ndamubwira nti: “Nyakubahwa, wampaye imbaraga none gira icyo umbwira.”

20-21 Nuko arambaza ati: “Ese uzi icyatumye nza kukureba? Ni ukugira ngo nkumenyeshe ibyanditswe mu Gitabo cy’Ukuri. Ariko mu mwanya ngomba gusubira kurwanya ikinyabutware cyo mu Buperesi, kandi nimara kugenda ikinyabutware cyo mu Bugereki kizahita kiza. Ni jye jyenyine urwana na byo, uretse Mikayeli umumarayika murinzi wanyu untabara.