Daniyeli n’abatambyi ba Beli
1 Umwami Asitiyage amaze gupfa, Sirusi w’Umuperesi yamusimbuye ku ngoma.
2 Icyo gihe Daniyeli yari icyegera cy’umwami, umwami akamwubaha cyane kurusha abandi bajyanama be.
3 Abanyababiloniya bari bafite ikigirwamana cyitwaga Beli, buri munsi bakagitura ibiro magana atanu by’ifu n’intama mirongo ine, na litiro zigera kuri magana abiri na mirongo itanu za divayi.
4 Umwami yaramyaga icyo kigirwamana buri munsi akajya kugisenga, naho Daniyeli agasenga Imana ye.
5 Umunsi umwe umwami aramubaza ati: “Ni iki gituma udasenga Beli?”
Daniyeli aramusubiza ati: “Sindamya ibigirwamana byakozwe n’abantu, ahubwo nsenga gusa Imana nzima, yo yaremye ijuru n’isi kandi ikagira ububasha ku binyabuzima byose.”
6 Umwami yongera kumubaza ati: “Mbese ntiwemera ko Beli ari imana nzima? Ese ntubona ibyo arya n’ibyo anywa buri munsi?”
7 Daniyeli araseka maze aravuga ati: “Nyagasani, ntiwibeshye! Iriya shusho ubona, imbere ni ibumba inyuma ni umuringa, kandi ntiyigeze igira icyo irya cyangwa inywa.”
8 Umwami ararakara cyane, ahamagaza abatambyi arababwira ati: “Nimutambwira umuntu urya ibiturwa iyi shusho byose, muricwa. Ariko nimungaragariza ko ari Beli ubwe urya ayo maturo koko, Daniyeli ni we uri bwicwe kuko yatinyutse kumutuka.”
9 Nuko Daniyeli abwira umwami ati: “Bibe nk’uko ubyifuza!”.
10 Abatambyi ba Beli bari mirongo irindwi hakiyongeraho abagore babo n’abana babo. Igihe umwami yinjiraga mu ngoro ya Beli ari kumwe na Daniyeli,
11 abatambyi baramubwira bati: “Nyagasani, dore tugiye gusohoka mu ngoro maze ushyiremo ibyokurya nadivayiikaze, hanyuma ukinge urugi ushyireho ikashe yawe.
12 Ejo mu gitondo uzagaruke, nusanga Beli atabiriye byose tuzicwe. Nibitagenda bityo ni Daniyeli uzapfa kuko azaba yadushinje ibinyoma.”
13 Ariko abo batambyi bari bafite icyizere kirimo n’agasuzuguro, kubera ko bari baraciye icyuho gihinguranya munsi y’ameza yo mu ngoro. Bityo bashoboraga kuyinjiramo igihe icyo ari cyo cyose bakiba amaturo.
14 Abo batambyi bamaze gusohoka mu ngoro, umwami ahashyira ibyokurya byagenewe Beli. Hanyuma Daniyeli ategeka abagaragu be kuzana ivu, barinyanyagiza mu ngoro hose. Nta muntu wundi warebaga uretse umwami wenyine. Ibyo birangiye bose barasohoka, bakinga urugi kandi barushyiraho ikashe y’umwami, maze barigendera.
15 Iryo joro nk’uko bari barabimenyereye, ba batambyi bazana n’abagore babo n’abana babo, bararya kandi banywa ibyari byatuwe byose.
16 Mu gitondo cya kare umwami yerekeza ku ngoro ari kumwe na Daniyeli.
17 Bahageze umwami abaza Daniyeli ati: “Mbese ikashe yanjye ntawayihungabanyije?”
Daniyeli aramusubiza ati: “Nta we nyagasani.”
18 Bagikingura urugi umwami yitegereze ameza maze ariyamirira ati: “Urakomeye Beli! Nturanganwa ikinyoma!”
19 Daniyeli araseka, abuza umwami kwinjira mu ngoro maze aramubwira ati: “Nyagasani itegereze hasi, urabona ari ba nde bakandagiye hariya?”
20 Umwami aravuga ati: “Ndahabona hakandagiwe n’abagabo n’abagore ndetse n’abana.”
21 Umwami ararakara cyane, ategeka ko bafata abatambyi n’abagore babo n’abana babo. Biba ngombwa ko abatambyi bamwereka cya cyuho bajyaga banyuramo bakinjira mu ngoro, bazanywe no kurya amaturo yabaga ari ku meza.
22 Nuko umwami ategeka ko babica, naho ya shusho y’ikigirwamana Beli ayigabiza Daniyeli, ayirimburana n’ingoro yayo.
Daniyeli yica ikiyoka
23 Abanyababiloniya baramyaga kandi ikiyoka nyamunini.
24 Umunsi umwe umwami abwira Daniyeli ati: “Ngira ngo noneho ntushobora kumbwira ko iyi atari imana nzima. Ngaho rero yiramye.”
25 Daniyeli aramusubiza ati: “Nsenga gusa Nyagasani Imana yanjye, kuko ari we wenyine Mana nzima.
26 None rero nyagasani, niba ubinyemereye reka nice kiriya kiyoka ndakoresheje inkota cyangwa inkoni.”
Umwami arabimwemerera.
27 Nuko Daniyeli afata amakakama y’ibiti, n’urugimbu n’ubwoya arabiteka byose hamwe, abikoramo utubumbe dutoya aduha cya kiyoka, kiratumira maze kirasandara. Nuko Daniyeli ariyamirira ati: “Nimurebe icyo mwaramyaga!”
28 Abanyababiloniya babimenye barababara cyane, batangira kwivumbagatanya ku mwami bavuga bati: “Umwami yigizeUmuyahudi, yarimbuye ishusho ya Beli, yishe ikiyoka nyamunini, yica n’abatambyi.”
29 Hanyuma bajya kubwira umwami bati: “Twegurire Daniyeli! Niba wanze kandi turakwicana n’abawe bose.”
30 Umwami abonye ko bamumereye nabi cyane, abura uko agira maze abegurira Daniyeli.
31 Nuko Abanyababiloniya bamujugunya mu rwobo rw’intare, arumaramo iminsi itandatu.
32 Muri urwo rwobo habagamo intare indwi, zahabwaga buri munsi intumbi ebyiri z’abantu n’intama ebyiri. Muri iyo minsi ariko ntibagira icyo baziha, kugira ngo zikunde zirye Daniyeli.
Daniyeli avanwa mu rwobo rw’intare
33 Icyo gihe umuhanuzi Habakuki yari mu Buyuda, akaba yari yatekesheje isupu ayishyira mu isafuriya hamwe n’uduce tw’imigati, abigemurira abasaruzi bari mu mirima.
34 UmumarayikawaNyagasaniaramubwira ati: “Ibyo byokurya ufite bishyire Daniyeli, ari i Babiloni mu rwobo rw’intare.”
35 Habakuki arasubiza ati: “Nyagasani, sinigeze ngera i Babiloni, n’urwo rwobo sinduzi.”
36 Umumarayika wa Nyagasani amufata imisatsi, amwihutana nk’utwawe n’umuyaga amugeza i Babiloni, amushyira iruhande rw’urwo rwobo.
37 Habakuki arangurura ijwi ati: “Daniyeli, Daniyeli, ngibi ibyokurya Imana ikoherereje.”
38 Daniyeli atera hejuru ati: “Mana yanjye, uranyibutse! Koko ntujya utererana abagukunda.”
39 Nuko Daniyeli ararya, ako kanya umumarayika w’Imana asubiza Habakuki mu gihugu cye.
40 Ku munsi wa karindwi umwami aza kuririra Daniyeli, ageze ku rwobo arebamo maze abona Daniyeli yicaye atuje.
41 Nuko umwami arangurura ijwi ati: “Urakomeye Nyagasani, Mana ya Daniyeli! Nta yindi mana ibaho itari wowe!”
42 Hanyuma umwami ategeka ko bavana Daniyeli mu rwobo, bakajugunyamo abari bashatse kumwicisha. Ako kanya intare zibatanyagura umwami abyirebera.