Categories
Baruki

Baruki 1

Baruki hamwe n’ikoraniro ry’Abayahudi i Babiloni

1 Iki gitabo cyanditswe na Baruki mwene Neriya, mwene Māseya, mwene Sedekiya, mwene Azariya, mwene Hilikiya. Yacyandikiye i Babiloni

2 ku itariki ya karindwi y’ukwezi, mu mwaka wa gatanu Abanyababiloniya bamaze gufata Yeruzalemu bakanayitwika.

3 Baruki asomera ayo amagambo yanditse imbere ya Yekoniyamwene Yoyakimu umwami w’u Buyuda, n’imbere y’abantu bose bari baje kumwumva,

4 n’imbere y’abanyacyubahiro n’ibikomangoma n’abakuru b’imiryango, n’imbere ya rubanda rwose, abakuru n’abato bari batuye i Babiloni ku nkengero z’uruzi rwa Sudi.

5 Abantu bamaze kumva ayo magambo bararize, bigomwa kurya kandi basengera imbere ya Nyagasani.

6 Nuko bakoranyiriza hamwe ifeza, buri wese atanga akurikije ubushobozi bwe,

7 maze bazohereza i Yeruzalemu kwa Yoyakimu umutambyi mwene Hilikiya, mwene Shalumu, no ku bandi batambyi no ku bantu bose bari kumwe na we i Yeruzalemu.

8 Ku itariki ya cumi y’ukwezi kwa Sivani,Baruki afata ibikoresho byari byaravanywe mu Ngoro y’Uhoraho, kugira ngo abigarure mu Buyuda. Ibyo byari ibikoresho Sedekiya mwene Yosiya umwami w’u Buyuda yari yarakoresheje mu ifeza,

9 nyuma y’aho Nebukadinezari umwami wa Babiloniya ajyanye ho iminyago Yekoniya, amujyana i Babiloni hamwe n’abatware, n’abanyabukorikori n’abanyacyubahiro na rubanda, abavanye i Yeruzalemu.

Ibaruwa yandikiwe ab’i Yeruzalemu

10 Nuko bandikira abantu b’i Yeruzalemu muri aya magambo:

Izi feza tuboherereje muzaziguremo amatungo y’ibitambo bikongorwa n’umuriro, n’ibyo guhongerera ibyaha, hamwe n’imibavu n’amaturo y’ibinyampeke maze mubitambire ku rutambiro rwa Nyagasani Imana yacu.

11 Musabire kandi Nebukadinezari umwami wa Babiloniya, musabire n’umuhungu we Belishazari kugira ngo bazabeho igihe kirekire nk’ijuru.

12 Bityo Nyagasani azaduha imbaraga, atumurikire kandi atuyobore. Nebukadinezari umwami wa Babiloniya n’umuhungu we Belishazari bazaturinda, tubakorere igihe kirekire kandi tubagireho ubutoni.

13 Natwe kandi mudusabire kuri Nyagasani Imana yacu, kuko twamucumuyeho akaba akiturakariye.

14 Musome icyo gitabo tuboherereje, maze mwicuze ibyaha byanyu mu Ngoro ya Nyagasani ku minsi mikuru y’Ingando, no ku yindi minsi mikuru.

Ukwicuza ibyaha

15 Dore uko muzajya muvuga: Nyagasani Imana yacu ni intabera, nyamara twebwe dukozwe n’ikimwaro nk’uko bimeze ubu. Twebwe twese abantu bo mu Buyuda n’ab’i Yeruzalemu,

16 abami n’abatware bacu n’abatambyi bacu, n’abahanuzi bacu na ba sogokuruza twakozwe n’ikimwaro.

17 Koko twacumuye kuri Nyagasani,

18 twaragomye kandi ntitwumvira Nyagasani Imana yacu, wadushishikarizaga gukurikiza amategeko yaduhaye.

19 Kuva ubwo Nyagasani avanye ba sogokuruza mu gihugu cya Misiri kugeza uyu munsi, twakomeje guhemukira Nyagasani Imana yacu, turigomeka twanga kumwumvira.

20 Ngiyo imvano y’ibyago n’imivumo byatwibasiye kugeza n’ubu, nk’uko Nyagasani yabibwiye umugaragu we Musa, igihe avanye ba sogokuruza mu Misiri akaduha igihugu gitemba amata n’ubuki.

21 Twanze kumvira Nyagasani Imana yacu, ntitwakurikiza amabwiriza y’abahanuzi yadutumyeho,

22 ahubwo buri muntu yakurikije ibyifuzo bibi by’umutima we, ayoboka ibigirwamana kandi akora ibitanogeye Nyagasani Imana yacu.

Categories
Baruki

Baruki 2

1 Ni yo mpamvu Nyagasani yasohoje ibyo yatuvuzeho twebwe n’abacamanza bacu bategekaga Isiraheli, n’abami n’abatware bacu, ndetse n’abaturage bose ba Isiraheli n’ab’u Buyuda.

2 Koko rero ibyabaye kuri Yeruzalemu nta handi ku isi byigeze biba. Nk’uko byanditswe mu Mategeko ya Musa,

3 twagejeje n’aho turya abahungu bacu n’abakobwa bacu.

4 Byongeye kandi, Nyagasani yatugabije amahanga yose adukikije, kugira ngo dusuzugurwe kandi dukorwe n’ikimwaro mu bihugu yadutatanyirijemo.

5 Twacumuye kuri Nyagasani Imana yacu twanga kumwumvira, kubera ibyo aho gutsinda twaratsinzwe.

6 Nyagasani Imana yacu ni intabera, nyamara twebwe na ba sogokuruza twakozwe n’ikimwaro nk’uko bimeze ubu.

7 Ibi byago byose Nyagasani yaduhanishije ni byo byatugezeho,

8 nyamara ntitwamugarukiye, ngo buri muntu amusabe kumufasha kureka ibyifuzo bibi by’umutima we.

9 Ni yo mpamvu Nyagasani yabonye ko ari ngombwa kuduteza ibi byago kandi byatugezeho, kuko Nyagasani ari intabera mu byo yadutegetse gukora byose.

10 Nyamara twebwe ntitwamwumviye, cyangwa ngo dukurikirane amategeko yaduhaye.

Ugutakamba

11 None rero Nyagasani Mana y’Abisiraheli, wowe wavanye ubwoko bwawe mu gihugu cya Misiri ukoresheje imbaraga zawe n’ibimenyetso n’ibitangaza, n’ububasha bukomeye n’ukuboko kwawe kurambuye, bityo uhesha Izina ryawe ikuzo kugeza na n’ubu.

12 Nyagasani Mana yacu, twagucumuyeho kandi turigomeka, twaguhemutseho ntitwumvira amabwiriza yawe yose.

13 None rero turagusaba ngo ureke kuturakarira, kuko twatereranywe tukaba dusigaye turi mbarwa mu mahanga wadutatanyirijemo.

14 Nyagasani, umva isengesho ryacu n’ugutakamba kwacu, uturengere ku bw’icyubahiro cyawe kandi uduhe kugira ubutoni ku batujyanye ho iminyago,

15 kugira ngo isi yose imenye ko ari wowe Nyagasani Imana yacu, kandi ko watoranyije Abisiraheli kuba abantu bawe.

16 Nyagasani, witegereze uri mu ijuru mu Ngoro yawe nziranenge maze utwibuke. Tega amatwi maze wumve isengesho ryacu.

17 Nyagasani, bumbura amaso uturebe. Koko rero abapfuye bari ikuzimu batagihumeka, ntibashobora kuguha ikuzo cyangwa ngo batangaze ubutungane bwawe,

18 ahubwo abakiri bazima n’ubwo bashavuye, barushye, bacitse intege, bafite amaso ananiwe kandi bashonje, ni bo bashobora kugusingiza no gutangaza ubutungane bwawe.

19 Nyagasani Mana yacu turagusaba imbabazi, nyamara si ku bw’ibikorwa by’ubutungane ba sogokuruza n’abami bacu bakoze,

20 ahubwo waraturakariye nk’uko wari warabitumenyesheje ubinyujije ku bagaragu bawe b’abahanuzi, ubwo batubwiraga bati:

21 “Nyagasani aravuze ngo: Nimwemere uburetwa bw’umwami wa Babiloniya maze mumuyoboke, bityo muzaguma mu gihugu nahaye ba sokuruza.

22 Ariko nimwanga kumvira amabwiriza ya Nyagasani, ntimuyoboke umwami wa Babiloniya, Nyagasani arababwira ati:

23 ‘Nzacecekesha mu mijyi y’u Buyuda n’i Yeruzalemu indirimbo z’ibyishimo n’umunezero, n’iziririmbirwa umukwe n’umugeni, kandi igihugu cyose kizahinduka amatongo.’ ”

24 Nyamara ntitwumviye amabwiriza yawe ngo tuyoboke umwami wa Babiloniya, bituma usohoza ibyo wavugiye mu bagaragu bawe b’abahanuzi, ubwo wavugaga ko amagufwa y’abami bacu n’aya ba sogokuruza azatabururwa aho bari barahambwe.

25 None dore ngaya yanamye ku zuba no mu mbeho ya nijoro. Bapfuye urw’agashinyaguro bazize inzara n’inkota no kujyanwa ho iminyago,

26 kandi iyi Ngoro yawe wayihinduye amatongo kugeza na n’ubu, bitewe n’ubugome bw’inzu ya Isiraheli n’iya Yuda.

27 Nyamara Nyagasani waratwihanganiye, ukurikije imbabazi zawe nyinshi n’urukundo rwawe,

28 nk’uko wabisezeranye ubinyujije kuri Musa umugaragu wawe, kuri wa munsi wamutegetse kwandikira Amategeko yawe imbere y’Abisiraheli uvuga uti:

29 “Nubwo ari imbaga nyamwinshi, nimutanyumvira muzasigara muri mbarwa mu mahanga nzabatatanyirizamo.

30 Koko nzi neza ko mutazanyumvira, bitewe n’uko muri ubwoko bwinangiye. Ariko nimugera mu gihugu muzajyanwamo ho iminyago muzisubiraho,

31 maze mumenye ko ari jye Nyagasani Imana yanyu. Nzabaha umutima wo kubaha n’amatwi yo kumva,

32 muzansingiza kandi munyibuke muri mu gihugu muzaba mwajyanywemo ho iminyago.

33 Muzareka kwinangira kandi muzinukwe ibikorwa byanyu bibi, kuko muzibuka ibyabaye kuri ba sokuruza ubwo bancumuragaho.

34 Nzabagarura mu gihugu nasezeranyije ba sokuruza, Aburahamu na Izaki na Yakobo, maze cyongere kibe icyanyu. Nzabagwiza kandi ntimuzongera kugabanuka ukundi.

35 Nzagirana na mwe Isezerano rihoraho. Nzaba Imana yanyu namwe mube ubwoko bwanjye, kandi sinzongera kubirukana mu gihugu nabahaye.”

Categories
Baruki

Baruki 3

1 Nyagasani Ushoborabyose, Mana y’Abisiraheli, turagutakira dufite umutima ushavuye kandi ducitse intege.

2 Nyagasani, tega amatwi maze utugirire impuhwe kuko twagucumuyeho.

3 Koko rero uri Umwami iteka ryose, naho twebwe dupfa buheriheri.

4 None rero Nyagasani Ushoborabyose, Mana y’Abisiraheli, umva isengesho ry’Abisiraheli bagiye gupfa: ba sogokuruza bagucumuyeho ntibumvira Nyagasani Imana yabo, ni yo mpamvu ibyago biduhoraho.

5 Ntiwite ku bicumuro bya ba sogokuruza, ahubwo mu gihe nk’iki wibuke ububasha bwawe n’Izina ryawe.

6 Koko uri Nyagasani Imana yacu kandi turagusingiza.

7 Washyize mu mutima wacu ubushobozi bwo kukubaha, kugira ngo twambaze izina ryawe. Tuzagusingiriza aho twajyanywe ho iminyago, kuko twitandukanyije n’ububi bwose bwa ba sogokuruza bagucumuyeho.

8 Dore turi mu bihugu wadutatanyirijemo tujyanwa ho iminyago, twahindutse urukozasoni n’ibivume n’ibicibwa, bitewe n’ibicumuro byose bya ba sogokuruza bitandukanyije nawe, Nyagasani Imana yacu.

Isiraheli yaretse isōko y’Ubuhanga

9 Isiraheli we, umva amategeko abeshaho,

tega amatwi kugira ngo umenye gushishoza.

10 Isiraheli we, kuki uba mu gihugu cy’abanzi?

Kuki wasaziye mu gihugu cy’amahanga?

11 Kuki wihumanyishije intumbi?

Kuki ubarirwa mu bari ikuzimu?

12 Wabitewe n’uko waretse Isōko y’Ubuhanga.

13 Iyo ukurikiza imigenzereze y’Imana,

uba wibereye mu mahoro iteka ryose.

14 Ngaho sobanuza ahari ubushishozi n’imbaraga n’ubumenyi,

bityo uzamenya ahari ukuramba n’ubugingo,

uzamenya ahari urumuri n’amahoro.

Nta muntu ushobora kwihishurira Ubuhanga

15 Ni nde wabonye aho ubuhanga buherereye?

Ni nde winjiye mu bubiko bwabwo?

16 Bari he abo batware b’amahanga?

Bari he abategeka inyamaswa z’inkazi zo ku isi?

17 Bari he abakina n’ibisiga?

Bari he abahunika ifeza n’izahabu, ari byo abantu biringira?

Bari he abarundanya byinshi ariko ntibanyurwe?

18 Bari he abahihibikanira gushaka amafaranga?

Barahihibikana nyamara ibikorwa byabo ntibyibukwa.

19 Barazimye bajya ikuzimu basimburwa n’abandi.

20 Ababayeho nyuma yabo batuye ku isi,

nyamara na bo ntibigeze basobanukirwa Ubuhanga,

21 ntibabukurikiranye cyangwa ngo babushakashake,

ababakomotseho baciye ukubiri na bwo.

22 Mu gihugu cya Kanāni ntibigeze babumenya,

i Temani na ho ntibaburabutswe.

23 Abana ba Hagari bashakashatse ubumenyi ku isi,

abacuruzi b’i Midiyani n’ab’i Temani na bo barabushatse,

ba gacamigani n’abashakashatsi mu by’ubumenyi barabushatse,

nyamara ntibigeze babusobanukirwa,

nta nubwo bibutse inzira yabwo.

24 Isiraheli we, mbega ukuntu aho Imana iba ari hagari!

Mbega ukuntu aho itegeka hatagira urubibi!

25 Koko ni hagari ntihagira urubibi,

ni hanini cyane ntihagereranywa.

26 Aho ni ho havukiye abantu ba kera b’ibihangange,

abantu barebare b’intwari bamenyereye urugamba.

27 Nyamara abo bantu si bo Imana yitoreye,

nta n’ubwo ari bo yeretse inzira y’Ubuhanga.

28 Bararimbutse kuko nta bushishozi baranganwaga,

bararimbutse kubera ubupfapfa bwabo.

29 Ni nde wazamutse mu ijuru akaronka Ubuhanga?

Ni nde waburonse akabumanukana mu bicu?

30 Ni nde wambutse inyanja kugira ngo abubone?

Ni nde wabuzanye abuguze izahabu inoze?

31 Nta muntu n’umwe uzi inzira yabwo,

nta muntu n’umwe ubwitaho.

Imana yonyine ni yo iha Isiraheli Ubuhanga

32 Nyamara Imana nyir’ubumenyi bwose irabuzi,

yarabucengeye ibikesha ubwenge bwayo,

ni yo yaremye isi ngo ibeho iteka ryose,

yayikwijemo inyamaswa z’amoko yose.

33 Ni yo yohereza urumuri maze rukagenda,

iraruhamagara rukayumvira rudagadwa.

34 Inyenyeri zikamurikira aho ziri zinezerewe,

35 iyo izihamagaye ziritaba ziti: “Turi hano”,

zinezezwa no kumurikira Uwaziremye.

36 Uwo ni we Mana yacu,

nta wagereranywa na yo!

37 Imana yahishuye inzira zose ziganisha ku buhanga,

yazihishuriye Yakobo umugaragu wayo,

yazihishuriye Isiraheli inkoramutima ye.

38 Hanyuma Ubuhanga bwagaragaye ku isi,

bwarigaragaje bubana n’abantu.

Categories
Baruki

Baruki 4

1 Ubuhanga ni igitabo cy’amabwiriza y’Imana,

ni Amategeko azahoraho iteka ryose.

Abayakurikiza bose bazabaho,

abayateshukaho bazapfa.

2 Yakobo we, garuka ubwakire,

genda ugana umucyo wabwo.

3 Wigira undi wegurira ikuzo ryawe,

ntugahe abanyamahanga umutungo wawe.

4 Turahirwa twebwe Abisiraheli,

koko twahishuriwe ibishimisha Imana!

Gushyigikira abajyanywe ho iminyago

5 Bantu banjye, nimugire ubutwari,

nimugire ubutwari mwebwe abatuma Isiraheli itibagirana!

6 Mwagurishijwe mu mahanga,

nyamara ntimwarimbutse,

koko mwarakaje Imana ibagabiza abanzi banyu.

7 Koko mwarakaje Umuremyi wanyu,

mwatambiye ibitambo ba Sekibi aho kubitambira Imana.

8 Mwibagiwe Imana ihoraho yabagaburiye,

mwateye agahinda Yeruzalemu yabareze.

9 Yeruzalemu yabonye Imana ibateje uburakari bwayo iravuga iti:

“Baturanyi b’i Siyoni, nimwumve,

Imana yanteye agahinda kenshi.

10 Koko nabonye abana banjye bajyanwa ho iminyago,

bajyanywe ho iminyago bitewe n’Uhoraho.

11 Nabareze mfite ibyishimo,

ariko narabaretse bagenda barira kandi bababaye.

12 Ntihagire uwishimira ko ndi umupfakazi watereranywe na benshi,

ndi mu bwigunge kubera ibicumuro by’abana banjye.

Koko birengagije Amategeko y’Imana,

13 ntibitaye ku mabwiriza yayo,

ntibakurikije amateka yayo,

ntibakurikiye inzira y’ubutungane beretswe.

14 Baturanyi b’i Siyoni, nimuze,

nimwibuke uko abana banjye bajyanywe ho iminyago,

bajyanywe ho iminyago babitewe n’Uhoraho.

15 Koko yabateje ubwoko buturutse kure,

yabateje ubwoko butagira isoni, buvuga ururimi rutumvikana,

yabateje abantu batubaha abasaza, ntibagirire n’abana impuhwe,

16 Umupfakazi bamunyaze abana be yakundaga,

bamunyaze abakobwa be asigara yigunze.

Yeruzalemu ishyigikiye abana bayo

17 “Bana banjye bajyanywe ho iminyago, nabatabara nte?

18 Uwabateje ibi byago,

uwo ni we uzabakiza abanzi banyu.

19 Bana banjye, nimugende, nimugende!

Jyewe dore naratereranywe kandi ndigunze,

20 niyambuye umwambaro w’amahoro,

nambaye umwambaro ugaragaza akababaro,

nzakomeza gutakambira Uhoraho igihe cyose nzaba nkiriho.

21 Bana banjye, nimugire ubutwari mutakambire Imana,

ni yo izabagobotora mu nzara z’abanzi banyu.

22 Koko nizeye ko Uhoraho ari we uzabakiza,

ibyishimo biturutse ku Muziranenge byaransendereye,

Uhoraho Umukiza wanyu azabababarira bidatinze.

23 Ni koko narabaretse muragenda nsigara ndira kandi mbabaye,

nyamara Imana izabangarurira,

tuzibanira mu byishimo n’umunezero bidashira.

24 Nk’uko abaturanyi b’i Siyoni babonye mujyanwa ho iminyago,

ni ko bazabona bidatinze agakiza gaturutse ku Mana yanyu,

kazabageraho hamwe n’ikuzo ryinshi n’ubwiza by’Imana.

25 Bana banjye, nimwihanganire uburakari bw’Imana,

umwanzi wanyu yarabatoteje,

muzabona bidatinze ukurimbuka kwe,

muzamukandagira ku gakanu.

26 Bana banjye nkunda, mwanyuze mu nzira ziruhije,

mwajyanywe nk’amatungo anyazwe n’abanzi.

27 Bana banjye, nimugire ubutwari mutakambire Imana,

Uwabateje ayo makuba azabibuka.

28 Nk’uko kera mwitandukanyije n’Imana,

ni na ko mukwiriye kuyigarukira,

mukwiye kubikorana umwete ukubye incuro cumi.

29 Koko rero Uwabateje ibi byago ni we uzabakiza,

azabazanira ibyishimo bizahoraho.”

Amizero ya Yeruzalemu

30 Yeruzalemu,gira ubutwari,

Imana yakwise iryo zina ni yo izaguhoza.

31 Bagushije ishyano abakugiriye nabi,

bagushije ishyano abishimiye gusenyuka kwawe!

32 Igushije ishyano imijyi yagize abana bawe inkoreragahato,

ugushije ishyano umujyiwabakiriye!

33 Koko rero nk’uko uwo mujyi wishimiye ugusenyuka kwawe,

uko wanejejwe n’ukurimbuka kwawe,

ni ko na wo uzababara bikabije ubwo uzaba warimbutse.

34 Nzawunyaga imbaga nyamwinshi yawuteraga kwirata,

ubwirasi bwawo nzabuhindura icyunamo.

35 Jyewe Uhoraho nzawumanuriraho umuriro,

umuriro uzawutwika igihe kirekire,

uzaba indiri ya ba Sekibi igihe kirekire.

36 Yeruzalemu we, reba iburasirazuba,

itegereze umunezero Imana ikoherereje.

37 Abana bawe bari barajyanywe ho iminyago baragarutse,

bakoranyijwe baturuka iburasirazuba n’iburengerazuba,

bakoranyijwe n’itegeko ry’Imana nziranenge,

banejejwe n’ikuzo ry’Imana.

Categories
Baruki

Baruki 5

1 Yewe Yeruzalemu, iyambure imyambaro igaragaza akababaro,

ambara ikuzo ry’Imana iteka ryose.

2 Ambara umwambaro w’agakiza uhawe n’Imana,

ikuzo ry’Uhoraho nirikubere ikamba.

3 Koko rero Imana izagaragaza ikuzo ryawe,

izarigaragariza ibihugu byose byo ku isi.

4 Imana izaguha iri zina rihoraho iteka ryose:

“Amahoro aturuka ku butungane n’ikuzo rituruka ku kuyoboka Imana.”

5 Yeruzalemu we, haguruka uhagarare mu mpinga y’umusozi,

itegereze abana bawe baturutse iburasirazuba n’iburengerazuba,

bakoranyijwe n’Imana nziranenge,

banejejwe n’uko Imana yabibutse.

6 Abana bawe bajyanywe ho iminyago n’abanzi babo,

bagiye bagenza amaguru, none Imana ibakugaruriye bafite ikuzo bahetswe nk’abami.

7 Koko rero Imana yategetse ko imisozi miremire n’udusozi bicishwa bugufi,

yategetse ko imikokwe iringanizwa,

yashatse ko Abisiraheli batahuka mu mahoro, bayobowe n’ikuzo ry’Imana.

8 Imana yategetse amashyamba n’ibiti byose bihumura neza,

yabitegetse ko bibera Abisiraheli ubwugamo.

9 Koko rero Imana izagarura Abisiraheli iwabo,

bazagarukana umunezero mwinshi bayobowe n’imbabazi n’ubutungane,

bazagaruka bakikijwe n’umucyo w’ikuzo ryayo.