Categories
Amaganya

Amaganya 1

Yeruzalemu imeze nk’umupfakazi utagira kivurira

1 Mbega ukuntu Yeruzalemu yari ituwe ihindutse umusaka!

Yari igikomerezwa imbere y’amahanga,

none ibaye nk’umupfakazi.

Yari umwamikazi wategekaga ibihugu,

none ibaye inkoreragahato.

2 Arara arira amarira atemba ku matama,

nta n’umwe mu bakunzi be umuhumuriza,

incuti ze zaramutereranye ziramwanga.

3 Abayuda bajyanywe ho iminyago baba inkoreragahato,

batuye mu banyamahanga, bahora bahangayitse,

ababatotezaga bose babafatanyaga n’ibyago.

4 Amayira ajya i Siyoni ari mu cyunamo,

ntihakiba iminsi mikuru.

Amarembo y’aho yose yabaye umusaka,

abatambyi bayo bishwe n’agahinda,

abakobwa bayo barahogoye, Siyoni yarashavuye.

5 Abayikandamizaga barayigaruriye,

abanzi bayo baridegembya.

Koko rero Uhoraho yarayihannye,

yayihannye ayiziza ibyaha byayo byinshi.

Abaturage bayo bajyanywe ho iminyago n’abanzi bayo.

6 Siyoni yambuwe ikuzo ryayo,

abatware bayo bameze nk’impara zitagira urwuri,

barahunga badandabirana imbere y’ababatoteza.

7 Yeruzalemu iribuka iminsi y’umubuyero n’agahinda,

iribuka ubutunzi yahoranye kera,

iribuka abantu bayo bafatwa n’abanzi, batagira kirengera,

abanzi bayo barebaga isenyuka ryayo bagaseka.

8 Ab’i Yeruzalemu baracumuye bikabije,

ni yo mpamvu yahindutse nk’ikintu cyahumanye.

Abayishimagizaga ubu barayisebya,

barayisebya kubera ko yabaye amatongo,

koko na yo ubwayo iraganya, yakozwe n’isoni.

9 Yeruzalemu yahindutse umwanda,

ntiyigeze izirikana ibizayigwirira,

irimbuka ryayo rirakabije, yabuze n’uyihumuriza.

Iraganya iti: “Uhoraho reba ukuntu nsuzugurwa,

dore abanzi banjye barantsinze.”

10 Abanzi banyaze ubutunzi bwayo bwose,

yiboneye abanyamahanga binjira mu Ngoro yayo,

abo Uhoraho yari yarabujije kwinjira mu ikoraniro rye.

11 Abaturage bayo bose baraganya bashaka ibyokurya,

batanze umutungo wabo bawugurana ibyokurya,

bawugurana ibyokurya ngo bagarure ubuyanja.

Yeruzalemu iratakamba iti: “Uhoraho itegereze,

reba ukuntu nahindutse urukozasoni!

12 “Yemwe bahisi n’abagenzi mwese,

nimuze munyitegereze,

nta kababaro kagereranywa n’ako mfite,

akababaro natererejwe n’Uhoraho,

akababaro yanteje igihe cy’uburakari bwe bukaze.

13 Uhoraho yansutseho umuriro urantwika,

yanteze umutego urambirindura,

yangize nk’umugore w’intabwa,

buri gihe mba ndi nk’umurwayi.

14 Yagenzuye ibyaha byanjye abibumbira hamwe,

abingereka ku gikanu bimbera umutwaro,

bityo uwo mutwaro unca intege.

Uhoraho yangabije abanzi ntashobora guhangana na bo.

15 Uhoraho yanyambuye ingabo zanjye zose z’intwari,

arema umutwe w’ingabo wo gutsemba abasore banjye,

yaribase abantu bo mu Buyuda nk’uwenga imizabibu.

16 Ni cyo gituma ndira amarira agatemba,

koko nta muntu mfite wo kumpumuriza no kunkomeza.

Abana banjye barihebye,

barumiwe kuko umwanzi yantsinze.”

17 Ab’i Siyoni baratakambye ntihagira ubahumuriza,

ku itegeko ry’Uhoraho, abaturanyi b’Abisiraheli bahindutse abanzi babo,

Yeruzalemu yahindutse umwanda rwagati mu banzi bayo.

18 Koko rero nasuzuguye amategeko y’Uhoraho,

nyamara Uhoraho we ni umunyakuri.

Bantu b’amahanga yose nimunyumve,

nimwitegereze akababaro kanjye,

dore abahungu n’abakobwa banjye bajyanywe ho iminyago.

19 Natabaje abakunzi banjye baranyigarika,

abatambyi banjye n’abakuru b’imiryango baciwe mu mujyi,

bishwe bashakashaka ibyokurya kugira ngo bagarure ubuyanja.

20 Uhoraho, itegereze akaga ndimo, ndashengurwa n’agahinda,

umutima wanjye uradihaguza kuko nakugomeye.

Mu mayira inkota yatsembye abantu,

mu rugo na ho urupfu rurayogoza.

21 Abantu bumvise nganya ntihagira umpumuriza,

abanzi banjye bose bumvise akaga kanjye,

bishimiye ibyo wankoreye.

Tebutsa wa munsiwasezeranye na bo bapfe urwanjye.

22 Ubugome bwabo nibukwigaragarize,

ubagire nk’uko wangize umpoye ubwigomeke bwanjye.

Koko amaganya yanjye ni menshi ndarembye.

Categories
Amaganya

Amaganya 2

Uhoraho yagenje nk’umwanzi wa Yeruzalemu

1 Uhoraho yarakariye Siyoni ayishyira mu icuraburindi,

ibyari ikuzo rya Isiraheli yabihinduye amatongo

ku munsi w’uburakari bwe, ntiyibutse ko ari ho yakandagizaga ibirenge.

2 Uhoraho yashenye imidugudu yose y’Abisiraheli nta kubabarira,

yararakaye arimbuza imijyi ntamenwa yo mu Buyuda,

yakojeje isoni ingoma y’i Siyoni n’abatware bayo.

3 Uhoraho yagize uburakari bukaze,

atsemba ububasha bwa Isiraheli,

yarabatereranye igihe bari bugarijwe n’umwanzi,

uburakari yarakariye Yakobo bwari nk’umuriro ukongora byose.

4 Yafoye umuheto we nk’umwanzi,

yabanguye ukuboko kw’iburyo nk’umubisha,

yatsembye ibinezeza byose,

yasutse uburakari bumeze nk’umuriro kuri Siyoni.

5 Uhoraho yitwaye nk’umwanzi atsemba Isiraheli,

yarimbuye amazu meza y’aho yose n’imijyi ntamenwa,

yagwije amarira n’amaganya mu bantu b’u Buyuda.

6 Yashenye Ingoro ye ihinduka amatongo,

yatsembye aho bakoraniraga,

yakuyeho iminsi mikuru n’amasabato muri Siyoni,

yagize uburakari bukaze akuraho umwami n’abatambyi.

7 Uhoraho yashenye urutambiro rwe azinukwa Ingoro ye,

inkuta z’amazu meza y’i Siyoni yazigabije umwanzi,

mu Ngoro y’Uhoraho urusaku rwari rwinshi nko ku munsi w’ibirori.

8 Uhoraho agambiriye gusenya inkuta za Siyoni,

agiye kuzitsemba kandi ntazivuguruza,

iminara n’inkuta biri mu cyunamo, bisenyukiye rimwe.

9 Amarembo ya Siyoni yararigise,

amapata yayo Uhoraho yayahinduye ubushingwe,

umwami n’abatware bayo bahungiye mu mahanga.

Nta mategeko akiharangwa,

Uhoraho ntakibonekera abahanuzi bayo.

10 Abakuru b’imiryango b’i Siyoni bicaye hasi bumiwe,

bisize umukungugu mu mutwe,

bambaye imyambaro igaragaza akababaro,

abakobwa b’i Yeruzalemu bubitse umutwe ku butaka.

11 Amaso yanjye yakobowe n’amarira,

ndashengurwa n’agahinda,

nacitse intege kubera abantu banjye barimbutse,

koko abana b’incuke n’ibitambambuga barabiraniye mu mihanda y’umurwa.

12 Barabaza ba nyina bati:

“Ibyokurya n’ibyokunywa biri he?”

Dore bararabiranira mu mihanda nk’inkomere,

baragwa mu maboko ya ba nyina.

13 Yeruzalemu we, nkuvugeho iki?

Bantu b’i Yeruzalemu, mbagereranye n’iki?

Bantu b’i Siyoni, mbahwanye n’iki ngo mbahumurize?

Koko akaga kawe ni kanini nk’inyanja, nta wabasha kukagukiza.

14 Ibyo abahanuzi bawe baguhanuriye ni ibinyoma n’imburamumaro,

ntibakugaragarije ibyaha byawe ngo wihane utajyanwa ho umunyago,

ibyo baguhanuriye ni ibinyoma n’ubuyobe.

15 Yeruzalemu we, abahisi n’abagenzi baguha urw’amenyo,

baragukwena bakuzunguriza umutwe bagira bati:

“Uyu ni wo murwa wari akataraboneka n’ishema ry’abari ku isi yose!”

16 Abanzi bawe bose bahagurukiye kugusebya,

baragukwena, bagahekenya amenyo bagira bati:

“Turawurimbuye! Umunsi twari dutegereje tuwugezeho!”

17 Koko Uhoraho akoze ibyo yagambiriye,

ibyo yavuze kuva kera arabisohoje.

Dore yakurimbuye atakubabarira,

yatumye umwanzi akwishima hejuru,

yashyigikiye ababisha bawe.

18 Bantu b’i Siyoni, nimutakambire Uhoraho,

nimusese amarira atembe nk’umugezi,

nimuyasese ijoro n’amanywa,

nimukomeze murire ubutaruhuka.

19 Nimuhaguruke muboroge ijoro ryose,

mubwire Uhoraho ibibari ku mutima byose,

mumutakambire kubera abana banyu,

abana banyu bicirwa n’inzara mu mihanda y’umujyi.

20 Uhoraho, itegereze urebe uwo ugirira utyo.

Mbese birakwiye ko abagore barya abana bibyariye?

Ese birakwiye ko barya abana bakundaga cyane?

Mbese birakwiye ko abatambyi n’abahanuzi bicirwa mu Ngoro yawe?

21 Imirambo y’abasore n’abasaza icurikiranye mu mayira,

abakobwa n’abahungu banjye bicishijwe inkota,

ku munsi w’uburakari bwawe wabatsembye nta mbabazi.

22 Wararāritse nk’aho ari umunsi mukuru,

watumiye abantera ubwoba impande zose,

ku munsi w’uburakari bwawe nta n’umwe warokotse,

abo nibyariye nkabarera, umwanzi yarabatsembye.

Categories
Amaganya

Amaganya 3

Akaga gatera kwizera

1 Ndi umuntu wagize umubabaro,

Uhoraho yampanishije uburakari bwe.

2 Yaranshoreye aranjyana,

yanjyanye mu mwijima utagira umucyo.

3 Ni jye yahannye,

yaranyibasiye umunsi urira.

4 Yanshegeshe umubiri wose,

amagufwa yanjye arayajanjagura.

5 Uhoraho yaranzengurutse,

yangotesheje umubabaro n’agahinda.

6 Yangumishije mu mwijima,

nywugumamo nk’abapfuye kera.

7 Yaramfunze kugira ngo ntamucika,

yambohesheje iminyururu iremereye.

8 Nacuze umuborogo ndatakamba,

nyamara Uhoraho ntiyumva ugutakamba kwanjye.

9 Inzira zanjye yazicishije amabuye manini,

yayobeje inzira nanyuragamo.

10 Yambereye nk’ikirura kirekereje,

yambereye nk’intare yubikiye.

11 Yaranshenjaguye aranshegesha,

yaranshegeshe asiga ndi intere.

12 Yafoye umuheto arandasa,

yangize nk’intego y’imyambi ye.

13 Yarandashe ampinguranya impyiko,

yamariyeho imyambi yo mu mutana we.

14 Rubanda rwose bangize urw’amenyo,

ni jye basigaye bataramiraho.

15 Yanyujuje imibabaro,

yampagije agahinda.

16 Yampatiye guhekenya amabuye,

yangaraguye mu ivu.

17 Yambujije amahoro,

sinkigira umutekano.

18 Naribwiye nti: “Icyizere cyanjye kirashize,

icyizere nari mfitiye Uhoraho kirarangiye.”

19 Ibuka umubabaro wanjye n’ukuntu banteragana,

kubitekereza bimbera nk’indurwe n’uburozi.

20 Mpora mbitekerezaho, bikanshengura.

21 Nyamara dore icyo nzirikana,

dore icyo nizera:

22 urukundo rw’Uhoraho ntirushira,

impuhwe ze zihoraho iteka.

23 Urukundo n’impuhwe bye ntibihinduka.

Uhoraho, umurava wawe uhoraho.

24 Ndibwira nti:

“Uhoraho ni we ntegerejeho byose,

ni yo mpamvu nzakomeza kumwiringira.”

25 Uhoraho agirira neza abamwiringira,

agirira neza abamushakashaka.

26 Ni byiza gutegereza wihanganye,

ni byiza gutegereza agakiza k’Uhoraho.

27 Ni byiza kwimenyereza kwihangana ukiri muto.

28 Umuntu akwiye kwiherera agatuza,

igihe Uhoraho abimutegetse.

29 Niyuname yicishe bugufi,

yizere ko Uhoraho amutabara.

30 Nategere umusaya umukubita,

yihanganire ibitutsi bamutuka.

31 Koko Uhoraho ntazamutererana burundu.

32 Nyamara nubwo areka umuntu akababara,

yuzuye impuhwe n’ubugwaneza.

33 Ntanezezwa n’akababaro k’abantu,

ntababaza abantu abigambiriye.

34 Mbese iyo abantu batoteza imfungwa,

35 iyo bima abantu uburenganzira bwabo,

iyo babubima imbere y’Usumbabyose,

36 iyo barenganya umuntu mu rubanza,

ibyo byose Uhoraho ntaba abireba?

37 Ni nde utegeka, ibyo ategetse bikaba?

Ni nde niba atari Nyagasani?

38 Mbese ibyiza n’ibibi ntibituruka k’Usumbabyose?

39 Ni kuki umuntu yinuba,

ni kuki yinuba iyo ahaniwe ibyaha bye?

40 Nimucyo twisuzume,

bityo tugarukire Uhoraho.

41 Nidusenge tubikuye ku mutima,

dutegere amaboko Imana iri mu ijuru, tuti:

42 “Twaracumuye turagoma,

nawe Uhoraho ntiwatubabarira.”

43 Wikingirije uburakari bwawe uradutoteza,

wadutsembye nta mbabazi.

44 Wikingirije igicu,

bityo ngo isengesho ryacu ritakugeraho.

45 Waduhinduye ibishingwe,

watugize umwanda imbere y’amahanga.

46 Abanzi bacu bose baradutuka bakadukwena.

47 Ubwoba n’ukuzimu biradutegereje,

amakuba no kurimbuka na byo biradutegereje.

48 Amaso yanjye arasesa amarira adakama,

ndarizwa n’ukurimbuka k’ubwoko bwanjye.

49 Amaso yanjye ararira ubudatuza;

50 bityo ntegereje ko Uhoraho areba,

akitegereza ari mu ijuru.

51 Ibyo mbona birambabaza,

birambabaza kubera abagore bo mu murwa wanjye.

52 Abanyanga nta mpamvu bampigaga nk’abahiga inyoni.

53 Banjugunye mu rwobo mbona,

bangerekaho amabuye.

54 Umuvu w’amazi wandenze hejuru,

ndavuga nti: “Ndapfuye.”

55 Naragutakambiye wowe Uhoraho,

nagutakambiye ndi ikuzimu.

56 Umva ijwi ryanjye wikwica amatwi,

umva ugutakamba kwanjye untabare.

57 Igihe kimwe naragutabaje uraza,

uraza urambwira uti: “Witinya.”

58 Nyagasani waramburaniye,

bityo urokora ubugingo bwanjye.

59 Uhoraho urareba ibibi bangirira,

ubirebe undenganure.

60 Uhoraho wiboneye ukuntu bihōrera,

wiboneye ukuntu bangambanira.

61 Uhoraho wiyumviye ibitutsi bantuka,

wiboneye ukuntu bangambanira.

62 Abanzi banjye baramvuga,

baramvuga umunsi ukira.

63 Bitegereze, baba bicaye cyangwa bahagaze,

ni jyewe bataramana.

64 Uhoraho uzabacire urubakwiye,

uzabiture ukurikije ibikorwa byabo.

65 Uhoraho uzabanangire imitima,

bityo bibe umuvumo wawe kuri bo.

66 Uhoraho uzabakurikirane n’uburakari,

uzabatsembe ku isi.

Categories
Amaganya

Amaganya 4

Amakuba yatewe n’isenywa rya Yeruzalemu

1 Mbega ngo izahabu iracuyuka!

Mbega ngo izahabu inoze irata agaciro!

Amabuye y’agaciro yari mu Ngoro yanyanyagiye hose mu mayira!

2 Abantu b’i Siyoni bari bafite agaciro nk’ak’izahabu inoze,

basigaye bagereranywa n’ibibindi byabumbwe n’umubumbyi.

3 Abantu banjye bahindutse abagome nka mbuni yo mu butayu,

nyamara na za nyiramuhari zonsa ibyana byazo.

4 Ururimi rw’umwana rwumagaye,

rwumiye mu rusenge rw’akanwa kubera inyota,

abana barasaba ibyokurya,

nyamara ntibafite ubibaha.

5 Abamenyereye indyo nziza baguye mu mayira,

abarerewe mu bukire baryamye mu iyarara.

6 Ubugome bw’ubwoko bwanjye busumbye kure ubwa Sodoma,

Sodoma yarimbutse mu kanya gato ntawe uyiteye.

7 Abanaziribabwo bereranaga nk’urubura,

bereranaga kurusha amata,

barabengeranaga nk’ibuye ry’agaciro,

barabagiranaga kurusha ibuye rya safiri.

8 Uburanga bwabo bwirabuye kurusha amakara,

mu mayira ntibakimenyekana,

uruhu rwabo rwumiye ku magufwa,

rwarumye rumera nk’urukwi.

9 Abicishijwe inkota bagize amahirwe,

bagize amahirwe kuruta abishwe n’inzara,

abanyenzara baragārita bagapfa,

bapfa bazize kubura ibyokurya.

10 Koko rero, nubwo abagore bagira imbabazi,

batetse abana babo barabarya,

babariye muri iryo rimbuka ry’ubwoko bwanjye.

11 Uhoraho yagize umujinya ukaze,

uburakari bwe bugurumana burisuka,

yatwitse Siyoni, imfatiro zayo zirakongoka.

12 Abami b’isi n’abaturage bayo,

ntibatekereza ko umwanzi yakwinjira muri Yeruzalemu.

13 Ayo makuba yakuruwe n’ibyaha by’abahanuzi bayo,

yakuruwe n’ibicumuro by’abatambyi bayo,

batumye imenekamo amaraso y’intungane.

14 Barindagiraga mu mayira nk’impumyi,

bihumanyishije kumena amaraso,

nta watinyukaga gukora ku myambaro yabo.

15 Abantu barabamagana bati:

“Nimwigireyo mwarahumanye,

nimwigireyo, mutaduhumanya.”

Bityo baba ibicibwa n’inzererezi,

abanyamahanga bati: “Ntidushobora kubakīra.”

16 Uhoraho na we ubwe yarabatatanyije,

ntagishaka kubitaho.

Abatambyi ntakibahesha icyubahiro,

abakuru b’imiryango ntakibareba n’irihumye.

17 Amaso yacu yaheze mu kirere,

twategereje inkunga ntitwayibona;

twarategereje biba iby’ubusa,

igihugu twategereje nta cyo cyatumariye.

18 Baratugenzuraga aho tunyuze hose,

ntitwashoboraga kujya aho dushaka,

iherezo ryacu riregereje, igihe cyacu kirageze,

koko akacu kashobotse.

19 Abadutotezaga barihutaga cyane,

barihutaga kurusha kagoma mu kirere.

Mu misozi baratwirukankanaga,

mu butayu baduciraga ibico.

20 Umwami watoranyijwe n’Uhoraho ari we twari turambirijeho,

yafashwe mu mitego y’abadutotezaga.

Koko rero twaribwiraga tuti:

“Azaturinda, tuganze mu banyamahanga.”

21 Nimwishime munezerwe, baturage ba Edomu,

mwebwe abatuye mu gihugu cya Usi.

Nyamara namwe amakuba azabagwirira,

ubugome bwanyu buzajya ahagaragara.

22 Bantu b’i Siyoni, igihano cyanyu kirarangiye,

ntimuzongera kujyanwa ho iminyago ukundi.

Naho mwebwe baturage ba Edomu, muzahanirwa ubugome bwanyu,

Uhoraho azagaragaza ibicumuro byanyu.

Categories
Amaganya

Amaganya 5

Ubwiza bwo kugarukira Uhoraho

1 Uhoraho ibuka ibyatubayeho,

itegereze urebe ukuntu badutuka.

2 Gakondo yacu yigaruriwe n’abanyamahanga,

amazu yacu yigaruriwe n’abimukīra.

3 Ba data ntibakiriho, twabaye impfubyi,

ba mama bahindutse abapfakazi.

4 Tugura amazi yo kunywa,

tugura inkwi zo gucana.

5 Abadutoteza baduhozaho inkeke,

turananiwe nta gahenge dufite.

6 Twategeye ukuboko Misiri na Ashūru,

twabategeye ukuboko tubasaba ibyokurya.

7 Ba data baracumuye, none ntibakiriho,

ni twe twikoreye ibihano by’ibyaha byabo.

8 Inkoreragahato ni zo zidutegeka,

nta muntu dufite wo kudukura mu nzara zabo.

9 Ibyo kurya tubibona tubanje guhara amagara,

abambuzi badutegera mu butayu.

10 Imibiri yacu yaka umuriro nk’itanura,

yaka umuriro kubera inzara itumereye nabi.

11 Abagore b’i Siyoni bafatwa ku ngufu,

abakobwa na bo bafatwa ku ngufu mu mijyi ya Yuda.

12 Bafashe abatware bacu barabamanika,

ntibacyubaha n’abakuru b’imiryango.

13 Abasore babahatiye gusya ku mabuye,

abana bahatiwe kwikorera imiba y’inkwi iremereye.

14 Abakuru b’imiryango ntibakirema inama,

abasore ntibagicuranga inanga.

15 Umunezero wacu warayoyotse,

ibyishimo byacu byahindutse icyunamo.

16 Ikuzo ryacu ryarashize,

tugushije ishyano kuko twacumuye.

17 Bityo twabaye abarwayi,

twahindutse impumyi.

18 Byatewe n’uko Siyoni yabaye amatongo,

koko yabaye isenga rya za nyiramuhari.

19 Nyamara wowe Uhoraho, uganje iteka ryose,

ingoma yawe izahoraho uko ibihe biha ibindi.

20 Ni kuki utwibagirwa igihe cyose,

ni kuki udutererana iminsi yose?

21 Uhoraho twigarurire tuzakugarukira,

tugarure mu mibereho yacu ya kera.

22 Uhoraho, mbese waratwanze burundu,

mbese watuzinutswe ubutigarura?