Categories
Abanyaroma

Abanyaroma 11

Imana ntiyaciye Abisiraheli

1 None rero ndabaza. Mbese Imana yaba yaraciye ubwoko bwayo? Ibyo ntibikanavugwe! Nanjye ubwanjye ndi Umwisiraheli ukomoka kuri Aburahamu, mu muryango wa Benyamini.

2 Imana ntiyatereranye ubwoko bwayo yitoranyirije kuva kera. Mbese ntimuzi icyo Ibyanditswe bivuga, aho Eliya yaregaga Abisiraheli ku Mana? Yaravuze ati:

3 “Nyagasani, bishe abahanuzi bawe basenya intambiro zawe, ni jye usigaye jyenyine none nanjye barampigira kunyica.”

4 Ariko se Imana yamushubije iki? Yaravuze iti: “Nisigiye abantu ibihumbi birindwi batarapfukamira ikigirwamana Bāli.”

5 No muri iki gihe na bwo, agace gato kitwa Abasigaye, Imana yakagiriye ubuntu irakitoranyiriza.

6 Kwari ukubagirira ubuntu koko itabitewe n’ibikorwa byabo, kuko bitabaye bityo ubuntu igira bwaba butakiri ubuntu.

7 Ibyo se ni ukuvuga iki? Icyo Abisiraheli bashakaga nta bwo bakibonye. Abakibonye ni abo Imana yatoranyije, naho abandi bose barinangiye.

8 Ni na ko Ibyanditswe bivuga ngo: “Imana yabahaye imitima ihuramye n’amaso atabona n’amatwi atumva kugeza n’ubu.”

9 Dawidi na we ati:

“Ibyokurya byabo nibibabere umutego wo kubatega,

bibabere nk’ibuye ryo kubasitaza n’igihano kibakwiriye.

10 Amaso yabo ahume atsiratsize,

uteze imigongo yabo guhora ihetamye.”

11 Nuko rero ndabaza. Mbese igihe Abisiraheli basitaraga kwari ukugwa burundu? Ibyo ntibikanavugwe! Ahubwo gucumura kwabo kwatumye agakiza kagera ku banyamahanga, kugira ngo bitere Abisiraheli ishyari.

12 None se ubwo gucumura kwabo kwakungahaje abatuye isi, gucogora kwabo kugakungahaza abanyamahanga, hazacura iki nibaramuka basubiye byuzuye mu byabo?

Agakiza kagera no ku batari Abayahudi

13 Noneho reka mbabwire mwebwe abatari Abayahudi: ni jye Ntumwa Kristo yatumye ku batari Abayahudi, mfite ishema ry’umurimo yanshinze.

14 Icyampa nkabona uko ntera bene wacu b’Abayahudi kugira ishyari ngo mbakizemo bamwe!

15 Koko rero ubwo guhēzwa kwabo kwatumye rubanda rutari Abayahudi bungwa n’Imana, hazacura iki igihe Abayahudi ubwabo bazayigarukira? Bazamera nk’abazutse mu bapfuye!

16 Igihe bafata igisate cy’umugati ho umuganura bakagitura Imana, byerekana ko uwo mugati wose na wo ari uwayo. Kandi igihe imizi y’igiti yegurirwa Imana, amashami na yo aba ari ayayo.

17 Urubyaro rwa Isiraheli rugereranywa n’igiti cy’umunzenze cyakonzweho amashami. Wowe utari Umuyahudi ugereranywa n’ishami ry’umunzeze wo mu gasozi ryagemetswe aho ayo mashami yakonzwe, bityo nawe ukaba ufite uruhare ku byo imizi itungisha icyo giti.

18 Nuko rero we kwirata ngo wigambe ku mashami. None se wakwirata iki? Si wowe ushyigikiye imizi, ahubwo imizi ni yo igushyigikiye.

19 Ahari aho wakwibwira uti: “Amashami yarakonzwe kugira ngo ngemekwe.”

20 Yee, ni byo. Icyo ayo mashami yazize ni uguhemuka kwayo. Naho wowe ikiguhagaritse ni ukuyoboka Kristo kwawe. Ntukirate rero, ahubwo utinye Imana.

21 Koko ubwo Imana itababariye abagereranywa n’amashami kamere, nawe ntizakubabarira.

22 Zirikana rero kugira neza kw’Imana n’igitsure cyayo, abayivuyeho yabagiriye igitsure naho wowe ikugirira neza. Icyakora ni ngombwa ko uguma muri ubwo buntu ikugirira, bitabaye bityo nawe ni uko, uzakondwa nka ya mashami.

23 Naho Abayahudi nibareka ubuhemu bwabo, bazaba nk’amashami yakonzwe nyuma akagemekwa aho yahoze mbere, kuko Imana ifite ububasha bwo kongera kubagemeka.

24 Wowe utari Umuyahudi, uri nk’ishami kamere ryavuye ku munzenze wa mu gasozi, maze ku buryo bunyuranye n’imihingire isanzwe y’ibiti, ugemekwa ku munzenze w’umuterano. None se ko Abayahudi ari bo mashami kamere y’uwo munzenze w’umuterano, babura bate kugemekwa ku munzenze wabo bwite?

Iherezo umuryango wa Isiraheli uzakizwa

25 Koko rero bavandimwe, sinshaka ko muyoberwa iri banga hato mutibeshya ko muri abanyabwenge, ni uko igice kimwe cy’Abisiraheli cyinangiye. Ibyo bizakomeza kugeza igihe abanyamahanga bazemera Kristo byuzuye.

26 Uko ni ko urubyaro rwose rwa Isiraheli ruzakizwa, nk’uko Ibyanditswe bivuga ngo

“Umutabazi azava i Siyoni,

atsembe ubugome mu bakomoka kuri Yakobo.

27 Ngiryo Isezerano nzagirana na bo nimbakuraho ibyaha.”

28 Ku byerekeye Ubutumwa bwiza, Abayahudi babaye abanzi b’Imana mwe bibagirira akamaro. Naho ku byerekeye gutoranya kw’Imana, ni abatoni bayo kubera ba sekuruza.

29 Koko Imana ntabwo yisubiza ibyo yahaye abantu, cyangwa ngo yivuguruze iyo yabahamagaye.

30 Namwe kera mwanze kumvira Imana, none ubu yabagiriye imbabazi bitewe n’uko Abayahudi banze kuyumvira.

31 Ubu ni ko biri kuri bo, babaye intumvira kugira ngo mwe mumaze kugirirwa imbabazi, ubu na bo bazigirirwe.

32 Imana yagize abantu bose imbohe babitewe no kutayumvira, kugira ngo ibone uko igirira bose imbabazi.

Imigambi y’Imana y’agatangaza

33 Mbega ukuntu Imana ari umukungu wa byose! Mbega ukuntu ubwenge bwayo n’ubumenyi bwayo biturenze! Ibyo yiyemeza ni amayobera rwose, kandi imigenzereze yayo nta wayimenya.

34 Ibyanditswe bivuga ngo:

“Ni nde wamenye ibyo Nyagasani atekereza?

Ni nde wabaye umujyanama we?”

35 “Ni nde wigeze abanza kugira icyo amuha,

ngo na we abe amwituye?”

36 Erega byose bikomoka ku Mana, byose bibeshwaho na yo, byose bigenewe kuba ibyayo! Nihorane ikuzo iteka ryose. Amina.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/ROM/11-69ebc248478d966a2570b1462af9826f.mp3?version_id=387—

Categories
Abanyaroma

Abanyaroma 12

Ubugingo bushya butera gukorera Imana

1 Bavandimwe, kubera ko Imana yabahaye imbabazi ndabihanangiriza ngo mwitange,maze mube ibitambo bizima byeguriwe Imana biyishimisha. Uko ni ko kuyikorerakubakwiriye.

2 Ntimugakurikize imibereho y’ab’iki gihe, ahubwo mureke Imana ivugurure ibitekerezo byanyu mube muhindutse rwose. Ni bwo muzashobora kumenya neza ibyo Imana ishaka, kugira ngo muhitemo ibyiza biyishimishije kandi bitunganye rwose.

3 Kubera ubuntu Imana yangiriye ndabwira buri wese muri mwe nti: “Uramenye we kwitekerezaho birenze urugero uriho, ahubwo ushyire mu gaciro wiyoroheje ukurikije urugero Imana yaguhaye rwo kuyizera.

4 Buri muntu muri twe afite umubiri umwe ugizwe n’ingingo nyinshi, kandi izo ngingo ntizigira umurimo umwe.

5 Uko ni ko nubwo turi benshi muri Kristo twabaye umubiri umwe, twese duhurijwe hamwe buri muntu akaba urugingo rwa mugenzi we.

6 Dufite kandi impano zitandukanye Imana yatugabiye buri wese iye. Uwahawe guhanura ngo avuge ibyo yeretswe, nakoreshe iyo mpano ashingiye ku kwizera yahawe n’Imana.

7 Uwahawe impano yo gukorera abandi ngaho nabakorere, uwahawe iyo kwigisha niyigishe,

8 uwahawe iyo gukomeza abantu imitima nabakomeze, utanga ku bye natange atitangiriye itama, uyobora abandi nabikorane umwete, n’ugiriye undi impuhwe nazigire yishimye.

9 “Mujye mukundana mutaryarya. Mwange ikibi cyose mwibande ku byiza.

10 Mukundane urukundo rwa kivandimwe. Mwubahane buri muntu ashyire mugenzi we imbere.

11 Mugire umwete mwe kuba abanyabute. Mukorere Nyagasani mufite ishyaka ryinshi.

12 Mwishimire ibyo mwiringiye, mwihangane mu makuba, ntimugacogore mu gusenga.

13 Intore z’Imana zikennye muzifashishe ku byo mufite, n’izibasanga muzicumbikire.

14 “Musabire umugisha ababatoteza – koko mubasabire umugisha atari umuvumo.

15 Mwishimane n’abishimye, murirane n’abarira.

16 Mubane muhuje. Mwe kwishyira hejuru, ahubwo mwemere gukora imirimo yoroheje. Ntimukīgire abanyabwenge.

17 “Ntimwiture umuntu inabi yabagiriye. Muharanire gukora ibigaragarira abantu bose ko ari byiza.

18 Uko bizashoboka kose, mu rwanyu ruhande mubane amahoro n’abantu bose.

19 Ncuti zanjye, ntimwihōrere ahubwo mujye mureka uburakari bw’Imana abe ari bwo buhōra, kuko Ibyanditswe bivuga ngo: ‘Guhōra no kwitura ni ibyanjye’, ni ko Nyagasani avuga.

20 Ahandi ngo: ‘Ariko umwanzi wawe nasonza umuhe icyo arya, nagira inyota umuhe icyo anywa, nugenza utyo bizaba nk’aho urahuriye amakara agurumana ku mutwe we.’

21 Ibibi ntibikagutsinde, ahubwo utsinde ibibi ukoresheje ibyiza.”

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/ROM/12-5a5751df66f08f26efb50b3ffc0e503a.mp3?version_id=387—

Categories
Abanyaroma

Abanyaroma 13

Kumvira abategetsi

1 Buri muntu niyemere kugengwa n’abategetsi kuko nta butegetsi buriho butaturutse ku Mana, n’abategetsi bariho ni yo yabubahaye.

2 Bityo rero ugomeye abategetsi aba agomeye urwego rwashyizweho n’Imana, abagira batyo bazagibwaho n’urubanza.

3 Koko kandi abakora neza si bo batinya abatware, keretse abakora nabi. Ese urashaka kudatinya abategetsi? Jya ukora neza ni bwo bazagushima.

4 Erega abategetsi ni abagaragu b’Imana, bashyiriweho kugutera gukora neza! Icyakora nukora nabi ugomba kubatinya, kuko ububasha bwo guhana batabuherewe ubusa. Koko rero ni abagaragu b’Imana bashyiriweho guhana inkozi z’ibibi nk’uko uburakari bwayo buri.

5 Ni yo mpamvu buri muntu agomba kwemera ko bamugenga, bidatewe no gutinya uburakari bw’Imana gusa, ahubwo umuntu abyemejwe n’umutima we.

6 Ni na cyo gituma mutanga imisoro, kuko abasoresha ari abakozi Imana yashinze kwita kuri uwo murimo.

7 Muhe buri muntu ikimugenewe: usoresha mumusorere, uwaka amahōro muyamuhe, abakwiye gutinywa mubatinye, n’abakwiye kubahwa mububahe.

Gukunda mugenzi wawe

8 Ntimukagire uwo mubamo umwenda atari uwo gukundana, kuko umuntu ukunda mugenzi we aba arangije kumvira Amategeko.

9 Koko rero ya Mategeko avuga ngo “Ntugasambane, ntukice, ntukibe, ntukifuze ibyo abandi batunze”, hamwe n’ayandi yose akubiye muri iri jambo rimwe ngo: “Ujye ukunda mugenzi wawe nk’uko wikunda.”

10 Ukunda mugenzi we ntamugirira nabi. Nuko rero gukunda abandi ni ko kumvira Amategeko ku buryo bunonosoye.

Kwitegura ukuza kwa Kristo

11 Mugenze mutyo rero ubwo muzi igihe tugezemo. Ubu ngubu ni igihe cyo gukanguka, kuko gukizwa kwacu kwegereje kurusha igihe twatangiraga kwemera Kristo.

12 Ijoro rirenda gucya maze amanywa atangaze. Tureke rero ibikorerwa mu mwijima, ahubwo dufate intwaro z’abari mu mucyo.

13 Twifate uko bikwiriye abagenda ku manywa, tutarangwaho kurara inkera no gusinda, ubusambanyi n’ubwomanzi, intonganya n’ishyari.

14 Ahubwo Nyagasani Yezu Kristo ubwe ababere nk’umwambaro, kandi ntimureke kamere yanyu ibakoresha ibyo irarikira.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/ROM/13-58f1bb292cc8167b85c6da6045e64538.mp3?version_id=387—

Categories
Abanyaroma

Abanyaroma 14

Ntukanegure umuvandimwe wawe

1 Umunyantegenke mu byo kwemera Kristo, mumwakire mutamugisha impaka ku byo yibwira.

2 Umwe ibyo yemera bimukundira kurya byose, naho undi kubera intege nke ze akīrira imboga gusa.

3 Urya byose ye gusuzugura urobanura, kandi urobanura ye kunegura urya byose kuko na we Imana yamwakiriye.

4 Ese wowe uri nde wo kunegura umugaragu w’undi? Nta wundi utari shebuja wamenya niba akora neza cyangwa nabi, kandi azakora neza kuko shebuja ari we Nyagasani, abasha kumushyigikira.

5 Usanga umuntu umwe yubahiriza umunsi umwe kurusha indi, naho undi agasanga iminsi yose ari kimwe. Buri muntu agomba gukurikiza icyo umutima we umwemeza.

6 Umuntu wubahiriza umunsi umwe kurusha indi aba abigirira Nyagasani. N’urya byose aba abigirira Nyagasani kuko ashimira Imana. Urobanura ibyo arya na we aba abigirira Nyagasani, agashimira Imana.

7 Koko rero nta n’umwe muri twe ubaho yigenga, cyangwa ngo apfe yigenga.

8 Niba turiho, turiho tugengwa na Nyagasani, dupfuye twaba dupfuye tugengwa na Nyagasani. Bityo rero twaba turiho cyangwa dupfuye, turi aba Nyagasani.

9 Ni cyo cyatumye Kristo apfa akazuka, kugira ngo abe umwami w’abariho n’abapfuye.

10 Wowe rero kuki unegura umuvandimwe wawe, kandi kuki usuzugura umuvandimwe wawe? Erega twese tuzitaba urukiko rw’Imana iducire urubanza!

11 Ni na ko Ibyanditswe bivuga ngo:

“Jyewe Nyagasani, ndarahiye,

buri muntu azampfukamira,

buri wese azemerera mu ruhame ko ari jye Mana.”

12 Bityo umuntu wese azamurikira Imana ibyo yakoze.

Kudaca intege umuvandimwe wawe

13 Noneho rero tureke kunegurana. Ahubwo mwiyemeze rwose kutagira icyo mukora cyaca umuvandimwe wanyu intege, cyangwa ngo kimugushe mu cyaha.

14 Icyo nzi rwose ncyemejwe na Nyagasani Yezu, ni uko nta kintu kiriho cyahumanya umuntu ubwacyo. Nyamara uwagira icyo akora kandi yibwira ko gihumanya, koko kiba kimuhumanyije.

15 None rero niba umuvandimwe wawe abangamirwa n’ibyo uriye, uba utakigenza nk’ufite urukundo. Uramenye ntugatume ibyo urya bibera umuvandimwe wawe ibyo kumurimbura, kandi Kristo yaramupfiriye!

16 Ikibabereye cyiza ntikigatere abantu gutukana.

17 Koko rero ubwami bw’Imana ntibushingiye ku kurya no kunywa, ahubwo bushingiye ku migirire itunganye n’amahoro n’ibyishimo duheshwa na Mwuka Muziranenge.

18 Ukorera Kristo atyo ashimisha Imana kandi akemerwa n’abantu.

19 Nuko rero nimucyo duharaniregukora ibintu bigamije kuzana amahoro, no kubaka ubugingo bwa bagenzi bacu.

20 Ntugasenye umurimo w’Imana bitewe n’ibyo urya. Koko nta byokurya bizira, ariko ikibi ni uko umuntu yarya ikintu icyo ari cyo cyose cyagusha undi mu cyaha.

21 Ibyiza ahubwo ni ukutarya inyama cyangwa kutanywa divayi, cyangwa kudakora ikindi kintu cyose cyatuma umuvandimwe wawe agwa mu cyaha.

22 Imyemerere yawe kuri bene ibyo ibe hagati yawe n’Imana. Hahirwa umuntu utishyira mu rubanza kubera ibyo yiyemeje gukora.

23 Ariko umuntu urya ikintu ashidikanya ko gikwiye aba yiciriye urubanza, kuko akiriye binyuranye n’ibyo umutima we umwemeza. Icyo umuntu akora cyose kinyuranye n’ibyo umutima we umwemeza kimubera icyaha.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/ROM/14-b1e8855b1dec0da26bedd3869029304b.mp3?version_id=387—

Categories
Abanyaroma

Abanyaroma 15

Aho kwishimisha ugashimisha mugenzi wawe

1 Twebwe abakomeye mu byo kwemera Kristo tugomba gufasha abadakomeye kwihangana mu ntege nke, ntidushake ibidushimisha ubwacu.

2 Buri muntu muri twe nashimishe mugenzi we, ashake ibimugirira akamaro bikamwubaka ubugingo.

3 Erega na Kristo ubwe ntabwo yishakiye ibimushimisha, ahubwo byamugendekeye nk’uko Ibyanditswe bivuga biti: “Ibitutsi bagututse ni jye byahamye.”

4 Koko rero ibyanditswe mbere byose byandikiwe kutwigisha, kugira ngo kwihangana no gukomezwa duterwa na byo biduheshe kwiringira ibizaba.

5 Nuko Imana yo sōko yo kwihangana no gukomezwa, nibahe guhuza imitima mukurikije urugero rwa Kristo Yezu,

6 kugira ngo mwese mube muhurije hamwe muvuga kimwe, bityo muheshe ikuzo Imana Se w’Umwami wacu Yezu Kristo.

Ubutumwa bwiza ku bantu bose

7 Nuko rero buri wese ajye yakira mugenzi we nk’uko Kristo yabakiriye, kugira ngo biheshe Imana ikuzo.

8 Ndababwira ko Kristo yabaye umugaragu w’Abayahudi, kugira ngo Imana isohoze amasezerano yahaye ba sogokuruza, bityo yerekane ko ari indahemuka.

9 Kwari ukugira ngo n’abatari Abayahudi baheshe Imana ikuzo kubera imbabazi yabagiriye, nk’uko Ibyanditswe bivuga ngo:

“Ni cyo gituma ngusingiza mu ruhame rw’amahanga,

ni na cyo gituma nzakuririmba.”

10 Byanditswe kandi ngo:

“Mwa mahanga mwe, nimwishimane n’ubwoko bwa Nyagasani.”

11 Kandi ngo:

“Mwa mahanga yose mwe, nimusingize Nyagasani.

Abantu b’amoko yose nibamuheshe ikuzo.”

12 Ezayi na we yungamo ati:

“Ku gishyitsi cya Yesehazashibuka uzahagurukira gutegeka amahanga.

Ni na we amahanga aziringira.”

13 None Imana yo sōko yo kwiringira, ibasenderezemo ibyishimo n’amahoro mukesha kuyizera, kugira ngo mubone kwiringira ku buryo busesuye mubashishijwe na Mwuka Muziranenge.

Impamvu Pawulo yandikira ab’i Roma

14 Bavandimwe banjye, jyewe ubwanjye ndemeza ko musendereye ineza, kandi ko mufite ubumenyi buhagije bwatuma mugirana inama.

15 Icyakora kuri bimwe na bimwe, nabandikiye nshyizemo umunya kugira ngo mbibibutse. Nanditse ntyo mbitewe n’ubuntu Imana yangiriye,

16 kugira ngo nkorere Kristo Yezu umurimo w’umutambyi mu banyamahanga. Yantumye kubagezaho Ubutumwa bwayo bwiza, kugira ngo nyishyikirize abo banyamahanga babe ituro yemera, bagizwe intore zayo na Mwuka Muziranenge.

17 Ni yo mpamvu rero narata umurimo nakoreye Imana mbishobojwe na Kristo Yezu.

18 Koko sinatinyuka kugira icyo mvuga, uretse ibyo Kristo yankoresheje kugira ngo nemeze abatari Abayahudi kumvira Imana. Yakoresheje inyigisho n’ibikorwa byanjye,

19 kimwe n’ibimenyetso n’ibitangaza byakorewe muri bo, ndetse n’ububasha bwa Mwuka w’Imana. Bityo kuva i Yeruzalemu kugera muri Iliriya, inzira yose naje namamaza byimazeyo Ubutumwa bwiza bwa Kristo.

20 Naharaniye kwamamaza Ubutumwa bwiza aho Kristo yari ataramenyekana honyine, ngira ngo ntubaka ku rufatiro rwashyizweho n’undi.

21 Bityo rero nkurikiza icyo Ibyanditswe bivuga ngo:

“Abatigeze bamenyeshwa ibye bazabibona,

abatigeze bamwumva bazamusobanukirwa.”

Imigambi ya Pawulo

22 Ni yo mpamvu yambujije kenshi kuza iwanyu.

23 Ariko ubu nta murimo ngifite mu turere tw’ino, kandi nkaba maze imyaka myinshi nifuza cyane kugera iwanyu.

24 Noneho ubwo nzajya muri Esipaniya, nizeye ko nzanyura iwanyu nkabasura kandi mukamfasha mu by’urwo rugendo, ariko tumaranye akanya gato nkabashira urukumbuzi.

25 Icyakora ubu ngiye i Yeruzalemu gufasha intore z’Imana zaho,

26 kuko abo muri Masedoniya no muri Akaya biyemeje guha imfashanyo intore z’Imana z’i Yeruzalemu zikennye.

27 Bishimiye kubikora kandi koko byari ngombwa. Erega ubwo Abayahudi basangiye n’abanyamahanga imigisha iva kuri Mwuka w’Imana, na bo bagomba kubunganira ku byo imibiri yabo ikeneye!

28 Ibyo nibirangira nkaba maze kubashyikiriza ibyo bazaba babageneye byose, nzajya muri Esipaniya nyuze iwanyu.

29 Ninza iwanyu kandi nzi ko nzaza mbazaniye umugisha usesuye wa Kristo.

30 Bavandimwe, ku bw’Umwami wacu Yezu Kristo n’urukundo ruva kuri Mwuka, ndabinginze ngo mumfashe kurwana intambara munsabira ku Mana.

31 Munsabire nkire abatemera Kristo bo muri Yudeya, kandi n’imfashanyo njyanye i Yeruzalemu izakirwe neza n’intore z’Imana zaho.

32 Bityo Imana ibishatse nzagera iwanyu nishimye, mbone kuruhuka turi kumwe.

33 Imana yo sōko y’amahoro nihorane namwe mwese. Amina.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/ROM/15-e9b4e4848b975f8d3ff5de1237488bb5.mp3?version_id=387—

Categories
Abanyaroma

Abanyaroma 16

Intashyo

1 Mbashinze mushiki wacu Foyibe ukorera itorerorya Kristo ry’i Kenkireya.

2 Mumwakire muri Nyagasani nk’uko bikwiriye intore z’Imana, mumwunganire ku kintu cyose yabakeneraho. Erega na we yunganiye abantu benshi, nanjye ndimo!

3 Mutashye Purisila na Akwila, bagenzi banjye twakoranye umurimo wa Kristo Yezu.

4 Bari biyemeje no gupfa kugira ngo bandokore. Si jye jyenyine ubashimira, ahubwo n’amatorero yose ya Kristo yo mu mahanga.

5 Mutashye n’itorero rya Kristo rikoranira mu rugo rwabo. Mutashye n’incuti nkunda Epayineto, wabimburiye abo mu ntara ya Aziya bose kwemera Kristo.

6 Na Mariya wabavunikiye cyane mumutashye.

7 Mutashye bene wacu Andironiko na Yuniya twafunganywe. Ni intumwa za Kristo z’ibirangirire, kandi bemeye Kristo mbere yanjye.

8 Mutashye na Ampuliyato, incuti yanjye nkunda muri Kristo.

9 Mutashye Urubano dufatanya umurimo dukorera Kristo, hamwe n’incuti nkunda Sitaki.

10 Mutashye Apele uzwiho ko akomeye kuri Kristo. Mutashye n’abo kwa Arisitobule.

11 Mutashye mwene wacu Herodiyoni, n’abo kwa Narisisi bari muri Nyagasani.

12 Mutashye Tirifayina na Tirifoza bakorera Nyagasani bashyizeho umwete. Mutashye n’incuti nkunda Perusi, na we yakoreye Nyagasani ashyizeho umwete mwinshi.

13 Mutashye Rufo watorewe kuba uwa Nyagasani, mutashye na nyina wambereye nanjye umubyeyi.

14 Mutashye na Asinkirito na Fulegoni, na Herumesi na Patiroba, na Herumasi n’abavandimwe bari kumwe na bo.

15 Mutashye Filologo na Yuliya, Nereyi na mushiki we Olimpa, n’abo bari kumwe bose Nyagasani yagize intore ze.

16 Muramukanye muhoberanaku buryo butagira amakemwa. Abagize amatorero yose ya Kristo barabatashya.

Amabwiriza aheruka

17 Bavandimwe, ndabihanangirije ngo mwirinde abaca ibice mu bavandimwe, kandi bakababangamira bagaca ukubiri n’inyigisho mwahawe, bene abo ngabo mubagendere kure.

18 Koko rero abameze batyo ntibakorera Umwami wacu Kristo, ahubwo bakorera inda zabo. Bakoresha akarimi keza n’amagambo yo kuryoshyaryoshya, bakayobya abafite imitima yoroshye.

19 Abantu bose bazi ukuntu mwumvira Nyagasani, ibyo biranshimisha. Ariko icyo mbifuriza ni ukujijukira gukora neza, mudafata impu zombi ngo mukore nabi.

20 Imana yo sōko y’amahoro, ntizatinda kujanjagurira Satani munsi y’ibirenge byanyu.

Umwami wacu Yezu nagumye kubagirira ubuntu.

21 Mugenzi wanjye dukorana Timoteyo arabatashya, hamwe na bene wacu Lusiyo na Yasoni na Sosipateri.

22 Jyewe Terutiyo wanditse uru rwandikondabatashya – nanjye ndi uwa Nyagasani.

23 Gayo uncumbikiye arabatashya, ni we wakira itorero rya Kristo rikoranira iwe. Erasito umubitsi w’uyu mujyi n’umuvandimwe Kwaruto, na bo barabatashya.

[

24 Umwami wacu Yezu Kristo nagumye kubagirira ubuntu mwese. Amina.]

Ugusingiza Imana

25 Dusingize Imana ibasha kubakomeza, ishingiye ku Butumwa bwiza namamaza n’ibyo nababwirije kuri Yezu Kristo. Rugikubita ubwo Butumwa bwahoze ari ibanga, none bumaze guhishurwa.

26 Ubu iryo banga ryashyizwe ahagaragara n’Ibyanditswe n’Abahanuzi, nk’uko Imana ihoraho yabitegetse rimenyeshwa abantu bo mu mahanga yose kugira ngo bemere Kristo bamwumvire.

27 Imana nyir’ubwenge yonyine nihabwe ikuzo ku bwa Yezu Kristo iteka ryose. Amina.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/ROM/16-7b24a89b57436ff2ed5453d61ce3220f.mp3?version_id=387—