Categories
Abanyakolosi

Abanyakolosi 1

Indamutso

1 Jyewe Pawulo Intumwa ya Kristo Yezu nk’uko Imana yabishatse, n’umuvandimwe Timoteyo,

2 turabaramukije mwebwe ntore z’Imana z’i Kolosi Kristo yagize abavandimwe b’indahemuka.

Imana Data nibagirire ubuntu, ibahe n’amahoro, [ifatanyije na Nyagasani Yezu Kristo].

Pawulo ashimira Imana kandi asabira ab’i Kolosi

3 Iyo tubasabira duhora dushimira Imana Se w’Umwami wacu Yezu Kristo,

4 kuko twumvise ko mwemeye Kristo Yezu mugakunda n’intore z’Imana,

5 mubitewe no kwiringira ibyo mwabikiwe mu ijuru. Ibyo mwabimenyeshejwe n’inyigisho z’ukuri z’Ubutumwa bwiza mwumvise mbere.

6 Ubwo Butumwa bwamaze kugera ku isi yose, bwera imbutoz’ibyiza mu bantu butera imbere. Uko ni ko biri muri mwe kuva aho mwumviye ubuntu Imana igira, mukabusobanukirwa by’ukuri.

7 Ibyo mwabyigishijwe na mugenzi wacu Epafura dukunda kandi dufatanyije umurimo, ni we mugaragu udahemuka wa Kristo ukora mu mwanya wanyu.

8 Ni na we watubwiye urukundo rwanyu mukomora kuri Mwuka w’Imana.

9 Ni cyo cyatumye natwe kuva aho tubyumviye, tudahwema kubasabira. Twinginga Imana ngo ibagwizemo kumenya ibyo ishaka, ibahaye ubwenge no gusobanukirwa bikomoka kuri Mwuka.

10 Bityo muzashobora kujya mugenza uko Nyagasani ashaka kugira ngo mumushimishe iteka, mwere imbuto z’imigirire myiza y’uburyo bwose kandi mukure mu kumenya Imana.

11 Turabasabira ngo muhabwe ububasha ku buryo bwose nk’uko imbaraga z’ikuzo ryayo zingana, kugira ngo mushobore kwihanganira byose mwe gucogora. Bityo mujye munezerwa

12 mushimira Imana Data, yabahesheje uruhare ku munani yageneye intore zayo zigengwa n’umucyo.

13 Ni yo yatubohoye ituvana mu butware bw’umwijima, itujyana mu bwami bw’Umwana wayo ikunda.

14 Ni we dukesha gucungurwa ari ko kubabarirwa ibyaha.

Kristo uwo ari we n’icyo yakoze

15 Kristo ni ishusho y’Imana itarebwa n’amaso. Ni na we Mwana wayo w’impfura wabimburiye ibyaremwe byose kubaho.

16 Ni we Imana yakoresheje irema ibintu byose, ari ibyo mu ijuru n’ibyo ku isi, ari ibyo amaso areba n’ibyo atareba, ari ibinyabwami cyangwa ibinyabutegetsi, cyangwa ibinyabutware cyangwa ibinyabushobozi. Byose byaremwe na we kandi ni we byaremewe.

17 Yariho mbere ya byose, ni na we uhuriza hamwe byose akabikomeza.

18 Ikindi kandi ni we mutweugenga umubiri we, ari wo Muryango w’Imana. Ni we shingiro rya byose, ni na we wabimburiye bose kuzuka kugira ngo afate umwanya w’ibanze muri byose.

19 Koko Imana yishimiye ko ibyuzuye muri yo byose biba mu Mwana wayo,

20 maze yunga ibintu byose na yo ikoresheje uwo Mwana wayo, ari ibyo ku isi ari n’ibyo mu ijuru, izana amahoro bitewe n’amaraso yamenewe ku musaraba.

21 Kera namwe mwahoze kure y’Imana muri abanzi bayo, kubera ibyo mwatekerezaga n’ibibi mwakoraga.

22 Ariko ubu Imana yiyunze namwe ikoresheje urupfu rw’Umwana wayo, watanze umubiri we ho igitambo kugira ngo ibaheshe guhagarara imbere yayo mudafite inenge, nta n’amakemwa cyangwa umugayo.

23 Icyakora mukomere ku byo twemera, mubyishingikirizeho mutajegajega, ari nta kibatesha kwiringira Ubutumwa bwiza mwumvise. Ubwo ni Ubutumwa bwatangarijwe abo ku isi yose, ari bwo jyewe Pawulo nahawe kwamamaza.

Umurimo Pawulo akorera Umuryango w’Imana

24 Ubu nishimiye ko mbabazwa ari mwe nzira, ni na byo bimpesha kuzuza mu buzima bwanjye ibibuze ku mibabaro ya Kristo, mbigirira umubiri we ari wo Muryango w’Imana.

25 Nabaye umugaragu wawo, ntumwe n’Imana kurangiza umurimo yampaye wo kubagezaho Ijambo ryayo.

26 Iryo ni ibanga ryahishwe abantu bose kuva kera kose, ariko ubu Imana yarigaragarije intore zayo.

27 Iryo banga Imana yageneye amahanga yose, yiyemeje kumenyesha intore zayo ukuntu rifite ikuzo risendereye. Iryo banga ni Kristo uri muri mwe, ubizeza kuzahabwa ku ikuzo ry’Imana.

28 Ni we twamamaza tukaburira buri muntu tukamwigisha, dukoresheje ubwenge bwose kugira ngo tubone uko tumushyikiriza Imana, ari indakemwa muri Kristo.

29 Ibyo ni byo mparanira nshishikaye, mbikesha ububasha bwa Kristo butwarira muri jye.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/COL/1-ff8b2e2b134a5764494f280a1cc1bec6.mp3?version_id=387—

Categories
Abanyakolosi

Abanyakolosi 2

1 Ndifuza ko mumenya ukuntu mbarwanira inkundura, mwebwe n’ab’i Lawodiseya ndetse n’abandi bose batigeze banca iryera.

2 Ni ukugira ngo yaba mwe cyangwa bo, mwese mukomere mwibumbire mu rukundo, bityo mukungahazwe no gusobanukirwa mudashidikanya. Ni bwo muzamenya neza ibanga ry’Imana ari ryo Kristo.

3 Muri we ni ho habitswe ubwenge n’ubumenyi bwose.

4 Ibyo mbibabwiriye kugira ngo hatagira ubashukisha amagambo y’ubucakura.

5 N’ubwo tutari kumwe bwose mbahozaho umutima, nkishimira kubona ukuntu mukora byose ku murongo, mugakomezwa no kwizera Kristo.

Ubugingo bwuzuye bubonerwa muri Kristo

6 Nuko rero nk’uko mwakiriye Kristo Yezu akababera Nyagasani, mube ari ko mugumya gutera imbere muri we.

7 Mushore imizi muri we, ubugingo bwanyu bwubakwe kuri we, mukomeye ku byo twemera nk’uko mwabyigishijwe, byose mubikore mushimira Imana bisesuye.

8 Muramenye ntihakagire ubatwaza igitugu, abashukisha icurabwenge ry’imburamumaro rishingiye ku migenzo karande no ku binyabutware bikorera ku isi, ridashingiye kuri Kristo.

9 Erega ibyuzuye mu Mana byose biba muri Kristo wabaye umuntu!

10 Namwe muruzuye kuko mumufite, we ugenga ibinyabutware n’ibinyabushobozi byose.

11 Kubera Kristo kandi mwarakebwe bitari bimwe byo ku mubiri, ahubwo mwakebwe mu mutima ku buryo bwa Mwuka, abakuraho imigirire mibi ishingiye kuri kamere yanyu.

12 Igihe mwabatizwaga mwahambanywe na Kristo, maze muzuranwa na we kubera kwizera ububasha bw’Imana yamuzuye mu bapfuye.

13 Kera mwari mwarapfuye muzize ibyaha byanyu no kudakebwa nk’Abayahudi, maze Imana ibazurana na Kristo. Yatubabariye ibicumuro byacu byose,

14 isibanganya urwandiko rutondagura imyenda twashinjwaga n’amategeko, irukuzaho kurumanika ku musaraba wa Yezu.

15 Bityo Imana yanyaze bya binyabutware na bya binyabushobozi, ibikoza isoni ku mugaragaro, yerekana ko Kristo abitsinze burundu.

16 Nuko rero ntihagire ubashyiraho amategekoy’ibyo murya n’ibyo munywa, cyangwa y’ibyerekeye iminsi mikuru, cyangwa imboneko z’amezi cyangwa amasabato.

17 Ibyo byose ni ibimenyetso biranga ibizaza, naho icy’ukuri bishushanya ni Kristo.

18 Ibihembo mwagombaga kwegukana ntimukere kubivutswa n’abantu bishimira kwigira nk’abicisha bugufi, bagasenga abamarayika, bakirata ukuntu babonekerwa bidasanzwe. Bene abo baba bishyira imbere babitewe n’ibitekerezo bya kamere yabo bitagira ishingiro,

19 bityo bakaba batifatanyije na Kristo ari we mutweugenga umubiri. Umutwe ni wo utuma umubiri wose uhuza imikorere kandi ukagaburirwa, ukoresheje imitsi n’ingingo kugira ngo ukure uko Imana ishaka.

Gupfana na Kristo no kuzukana na we

20 Ubwo mwapfanye na Kristo ntimukiri ku ngoyi ya bya binyabutware bikorera ku isi. None se kuki mucyifata nk’aho muri ab’isi? Kuki mukomeza kugengwa n’amategeko nk’aya,

21 ngo: “Ntugafate iki! Ntugasogongere kiriya! Ntukanakore kuri kino!”

22 Erega ibyo byose igihe umaze kubikoresha biba birangiye! Ni amategeko n’inyigisho by’abantu gusa.

23 Ni ukuri bene ibyo wagira ngo bishingiye ku bwenge, kuko byemeza umuntu kwihimbira uburyo bwo gusenga no kwicisha bugufi no kubabaza umubiri. Nyamara nta mumaro bifite wo gucubya irari rya kamere y’umuntu.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/COL/2-b22504c6a756f2bba343812d71fc5eb5.mp3?version_id=387—

Categories
Abanyakolosi

Abanyakolosi 3

Imibereho ya kera n’imishya

1 Imana yabazuranye na Kristo, none rero nimuharanire ibyo mu ijuru aho Kristo ari, yicaye iburyo bw’Imana ku ntebe ya cyami.

2 Muhoze imitima ku byo mu ijuru atari ku byo ku isi,

3 kuko mwapfanye na Kristo kandi ubugingo bwanyu bukaba bwarahishwe hamwe na we mu Mana.

4 Ubugingo bwanyu nyakuri ni Kristo, ubwo azagaragara rero namwe muzagaragara muri hamwe na we, mufite ikuzo.

5 Nuko rero nimwice imigirire yanyu ifitanye isano n’iby’isi, nk’ubusambanyi no gukora ibiteye isoni, n’irari n’ibyifuzo bibi, n’umururumba uhwanye no gusenga ibigirwamana.

6 Ibyo ni byo bitera Imana kurakarira [abatayumvira].

7 Namwe ubwanyu mwagenzaga mutyo kera mukigengwa n’ibyo bibi.

8 Ariko ubu mugomba kuzinukwa ibi byose: uburakari n’umujinya, ubugome n’ibitutsi no kuvuga ibigambo bibi.

9 Ntimukabeshyane kuko mwiyambuyekamere yanyu ya kera n’imigirire yayo,

10 mukambara kamere nshya. Iyo kamere nshya igenda ivugururirwa kugira ishusho y’Iyayiremye, kugira ngo mushobore kuyimenya byuzuye.

11 Aho rero haba hatakivugwa umunyamahanga cyangwa Umuyahudi, uwakebwe cyangwa utakebwe, Umusitin’umunyeshyamba, inkoreragahato cyangwa uwigenga, ahubwo Kristo ni byose muri bose.

12 Naho mwebwe abo Imana yitoranyirije ikabagira abantu bayo b’inkoramutima, mwambare impuhwe no kugira neza, kwicisha bugufi no kugwa neza no kwihangana.

13 Igihe umuntu agize icyo apfa na mugenzi we, mwihanganirane kandi mubabarirane. Mubabarirane nk’uko Nyagasani yabababariye.

14 Hejuru ya byose kandi mwambare urukundo ho umwitero. Ni na rwo mugozi ubafatanya bihebuje.

15 Mureke amahoro ya Kristo agenge imitima yanyu, ayo ni yo mwahamagariwe kugira ngo mube ingingo zigize umubiri umwe, kandi muhore mushimira Imana.

16 Inyigisho za Kristo zibacengere rwose zibakungahaze, mugire n’ubwenge bwo kwigishanya no kugirana inama. Muririmbire Imana zaburi n’indirimbo z’ibisingizo n’izahimbwe zikomoka kuri Mwuka, muyishima cyane bibavuye ku mutima.

17 Ibyo muvuga byose n’ibyo mukora byose, mubikore mu izina rya Nyagasani Yezu mushima Imana Se, mubinyujije kuri we.

Imibanire ikwiriye Abakristo

18 Bagore, mwubahe abagabo mwashakanye nk’uko bikwiriye abari muri Nyagasani.

19 Bagabo, mukunde abagore mwashakanye kandi ntimukabamerere nabi.

20 Bana, mujye mwumvira ababyeyi banyu ku buryo bwose, kuko ari byo Nyagasani yishimira.

21 Babyeyi, abana banyu ntimukababuze epfo na ruguru kugira ngo badacika intege.

22 Namwe nkoreragahato, mujye mwumvira ba shobuja bo ku isi ku buryo bwose, atari ugukorera ijisho ngo mubashimishe, ahubwo mubikore mubikuye ku mutima mutinya Shobuja mukuru, ari we Nyagasani.

23 Ibyo mukora byose mubikorane umutima ukunze, atari abantu mukorera, ahubwo mukorera Shobuja uwo.

24 Muzirikane ko Shobuja uwo azabagororera kubaha umunani. Koko kandi Kristo ni we Shobuja mukorera.

25 Ukora ibibi wese bizamugaruka kuko Imana ifata abantu bose kimwe.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/COL/3-68b150bb40307f4c816e7107aad362f1.mp3?version_id=387—

Categories
Abanyakolosi

Abanyakolosi 4

1 Namwe abafite abo mukoresha mubahe ibibakwiriye n’ibibatunganiye, mwibuka ko namwe mufite Shobuja mu ijuru.

Amatwara ya Gikristo

2 Mwese mugumye gusenga mubihugukiye, mushimira Imana.

3 Natwe mudusabire kugira ngo Imana itwugururire amarembo, idushoboze kujya kuvuga ubutumwa bwayo ari bwo banga ryerekeye Kristo, ni ryo bampōye banshyira kuri iyi ngoyi.

4 Munsabire ngo mvuge ibyaryo uko bikwiye, mbishyire ku mugaragaro.

5 Murajye mwitondera uko mwifata ku batazi Kristo, mukoreshe neza igihe mufite ngo mubabwire ibye.

6 Muhorane imvugo y’ineza ifitiye abantu akamaro, bityo muzamenya uko musubiza umuntu wese ugize icyo ababaza.

Ijambo ry’umwanzuro

7 Tikiko umuvandimwe nkunda cyane azababwira ibyanjye byose. Ni umufasha wanjye w’indahemuka, dufatanyije umurimo wa Nyagasani.

8 Nguwo ndamuboherereje ngo abamenyeshe uko tumerewe, maze abakomeze.

9 Azanye na Onezimo ukomoka muri mwe, na we ni umuvandimwe nkunda cyane w’indahemuka. Bazabatekerereza iby’ino byose.

10 Arisitariko dufunganywe, na Mariko mwene se wabo wa Barinaba ngo mutahe. Mwabwiwe ibyerekeye Mariko, nagera iwanyu muzamufate neza.

11 Yezu witwa Yusito na we arabatashya. Mu Bayahudi bemeye Kristo, abo ni bo bonyine dufatanyije umurimo w’ibyerekeye ubwami bw’Imana kandi baramfashije cyane.

12 Epafura ukomoka muri mwe arabatashya, na we ni umugaragu wa Kristo Yezu. Iteka ashishikarira kubasabira kugira ngo mukomere mube indakemwa, mumenye mudashidikanya ibyo Imana ishaka byose.

13 Ndahamya rwose yuko abavunikira, mwebwe n’ab’i Lawodiseya n’ab’i Hiyerapoli.

14 Umuganga Luka dukunda cyane, hamwe na Dema barabatashya.

15 Mundamukirize abavandimweb’i Lawodiseya na Nimfa, n’itorero rya Kristo rikoranira iwe.

16 Nimumara gusoma uru rwandiko, muzarwoherereze ab’itorero rya Kristo ry’i Lawodiseya, kugira ngo na bo barusome, namwe muzasome urwo nandikiye ab’i Lawodiseyanirubageraho.

17 Muzabwire Arikipo muti: “Itondere wa murimo wahawe gukorera Nyagasani, uzawurangize neza.”

18 Jyewe Pawulo ndabatashya. Ibi ni jye ubyiyandikiye n’ukwanjye kuboko. Mujye mwibuka ingoyi ndiho. Nyagasani nagumye kubagirira ubuntu.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/COL/4-5252351c729853aac8d0f17b13cd7d2b.mp3?version_id=387—