Categories
Abanyafilipi

Abanyafilipi 1

Indamutso

1 Jyewe Pawulo na Timoteyo abagaragu ba Kristo Yezu, turabaramukije mwebwe ntore z’Imana ziri muri Kristo Yezu zo mu mujyi wa Filipi, hamwe n’abayobozi b’itorero ry’Imana n’abadiyakoni baryo.

2 Imana Data nibagirire ubuntu, ibahe n’amahoro ifatanyije na Nyagasani Yezu Kristo.

Pawulo asabira abemera Kristo b’i Filipi

3 Nshimira Imana yanjye igihe cyose mbibutse,

4 iteka iyo nsenze mbasabira mwese nezerewe,

5 mbitewe n’uruhare mufite kimwe nanjye rwo kwamamaza Ubutumwa bwiza kuva bigitangirakugeza n’ubu.

6 Ndemeza ko Imana yatangiye uwo murimo mwiza muri mwe izawukora, ikawunonosora kugeza umunsi Kristo Yezu azaza.

7 Sinabura kubagiraho mwese ibitekerezo nk’ibyo kuko mbahoza ku mutima. Mwese mufite uruhare ku buntu Imana yangiriye, haba ubu ndi ku ngoyi cyangwa igihe nari ngifite uburenganzira bwo kurwanira Ubutumwa bwiza, kugira ngo bushinge imizi muri mwe.

8 Imana ni yo ntanze ho umugabo ko mbakumbuye mwese, mbitewe n’urukundo rwa Kristo Yezu rundimo.

9 Icyo mbasabira kandi ni ukugira ngo urukundo rwanyu rurusheho kugwira ngo mumenye byose, musobanukirwe byose,

10 kugira ngo mushobore gusuzuma ibintu, mumenye ikirushije ibindi gutungana. Bityo muzabe mudafite amakemwa cyangwa umugayo umunsi Kristo azaza,

11 ahubwo muzabe mwareze imbutoz’ubutungane, zihesha Imana ikuzo n’ishimwe mubikesha Yezu Kristo.

“Ku bwanjye kubaho ni Kristo”

12 Bavandimwe, ndashaka kubamenyesha ko ibyambayeho byatumye Ubutumwa bwiza butera imbere,

13 ku buryo abo mu ngoro y’umwami w’i Romabose, ndetse na rubanda rwose bamenye ko nafunzwe mpōrwa Kristo.

14 Ikindi kandi izi ngoyi zanjye zatumye abenshi mu bavandimwebakomera kuri Nyagasani, maze barushaho kuvuga Ijambo ry’Imana bashize amanga.

15 Icyakora bamwe batangaza ibyerekeye Kristo babitewe n’ishyari n’amakimbirane, ariko abandi bakabikora babikuye ku mutima.

16 Abo babiterwa n’urukundo bazirikana ko nashinzwe kurwanira Ubutumwa bwiza.

17 Naho ba bandi batangaza ibya Kristo, babiterwa no gushaka kwishyira imbere n’izindi mpamvu zitaboneye, bibwira ko binyongerera imibabaro yo kuba ku ngoyi.

18 Mbese bitwaye iki? Baba babiterwa n’urwitwazo cyangwa n’ukuri, uko biri kose Kristo aramamazwa. Ibyo biranshimisha kandi bizakomeza kunshimisha.

19 Icyo nzi cyo ni uko bizamviramo agakiza, mbikesha amasengesho yanyu no gufashwa na Mwuka wa Yezu Kristo.

20 Dore icyo mfitiye amatsiko kandi niringiye kuzabona: nta kizatuma nkorwa n’isoni. Ahubwo ubu nk’uko bisanzwe nzakomeza kuvuga nshize amanga, kugira ngo naho nabaho cyangwa napfa, imibereho yanjye iheshe Kristo ikuzo ryinshi.

21 Ku bwanjye kubaho ni Kristo, naho gupfa byambera inyungu.

22 Nyamara niba kubaho kwanjye kwatuma nkomeza gukora umurimo w’ingirakamaro, sinzi icyo nahitamo.

23 Mpeze hagati nk’ururimi. Kimwe cyo ndifuza gutabaruka ngo nibanire na Kristo, ndetse ni cyo cyambera cyiza bihebuje,

24 nyamara mwebwe icyarushaho kubagirira akamaro ni uko nagumya kubaho.

25 Icyo nemeza kandi nzi neza ni uko nzagumya kubaho no kubana namwe mwese, kugira ngo mutere imbere kandi mwishimire Kristo Yezu mwemeye,

26 maze muri we ishema ryanyu risesure kubera jyewe kuko nzaba ngarutse muri mwe.

Gukora ibikwiranye n’Ubutumwa bwiza

27 Gusa mujye mukora ibikwiranye n’Ubutumwa bwiza bwa Kristo, kugira ngo ndamutse nje kubasura cyangwa ntaje, nzumve ko mukomeye, muhuje umugambi, mushyize hamwe gushishikarira kwizera Kristo mubikesha Ubutumwa bwiza.

28 Ntimugaterwe ubwoba n’ababarwanya, ni cyo kizabera abo bantu icyemezo kivuye ku Mana ko bazarimbuka, naho mwe kibabere icyemezo ko muzakizwa.

29 Koko kandi Imana yabagiriye ubuntu ni yo ibaha gukorera Kristo, atari ukumwemera gusa, ariko kandi ibaha no kubabazwa ari we muhōrwa.

30 Iyo ntambara murwana ni iyo mwasanze ndwana, kandi nk’uko mwabyumvise na n’ubu ndacyayirwana.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/PHP/1-6d7cfff4d62305a1f35ccb03788e7ba2.mp3?version_id=387—

Categories
Abanyafilipi

Abanyafilipi 2

Kwiyoroshya no gukomera bya Kristo

1 Mbese mwahawe gukomera kuri Kristo? Ese urukundo rwe rujya rubarema agatima? Mbese Mwuka we yabahaye gushyira hamwe? Ese mugirirana impuhwe n’ibambe?

2 Nuko rero mugire amatwara amwe, mukundane kimwe, muhuze umutima n’inama, ni bwo muzatuma ibyishimo byanjye bisendera.

3 Ntimukagire icyo mukora mubiterwa no kwishyira imbere cyangwa kwikuza, ahubwo mujye mwiyoroshya, umuntu wese yibwire ko mugenzi we amuruta.

4 Umuntu wese yirinde kuzirikana ibye gusa, ahubwo ajye azirikana n’iby’abandi.

5 Mujye mugira amatwara nk’aya Kristo Yezu.

6 We nubwo yari asanzwe afite kamere y’Imana,

ntiyigeze yibwira ko guhwana na yo ari ikintu cyo kugundīrwa.

7 Ahubwo yaretse ibye byose,

ahinduka nk’umuntu,

ndetse afata kamere y’inkoreragahato.

Yabonetse ameze nk’umuntu,

8 yicisha bugufi arumvira,

ntiyanga no gupfa,

ndetse apfa abambwe ku musaraba.

9 Ni cyo cyatumye Imana imushyira hejuru cyane,

imuha n’ikuzo risumba iry’abandi bose,

10 kugira ngo mu ijuru no ku isi ndetse n’ikuzimu,

bose bapfukamire Yezu bamuramye,

11 bose bamwogeze mu ruhame,

bemeze ko Yezu Kristo ari we Nyagasani,

ngo biheshe Imana Se ikuzo.

Kuba urumuri rw’isi

12 Mwebwe abo nkunda cyane, iteka mwumviraga Imana,nimukomeze rero kuyumvira atari igihe turi kumwe gusa, ahubwo n’ubu tutari kumwe. Mujye mushyira agakiza kanyu mu bikorwa mutinya kandi muhinda umushyitsi,

13 kuko Imana ari yo ubwayo itwarira muri mwe kugira ngo mushake kandi mukore ibyo yagambiriye.

14 Mukore byose mutinuba kandi mutagirana impaka,

15 kugira ngo mube abana b’Imana batagira umugayo, baboneye, batagira amakemwa, batuye mu bantu b’iki gihe b’abahemu n’abagizi ba nabi, mubabere nk’imuri zimurikira isi,

16 mubagezaho Ijambo ry’ubugingo. Ibyo bizantera kubiratana ku munsi Kristo azaza, byerekane ko ntirukiye ubusacyangwa ngo mvunikire ubundi.

17 Ahari amaraso yanjye azagomba gusukwa ku gitambomutura Imana, ari wo murimo muyikorera mubitewe no kwemera Kristo. Bibaye bityo nzabyishimira ngo namwe mwese mwishimane nanjye.

18 Namwe ni uko nimwishime, kugira ngo nanjye nishimane namwe.

Timoteyo na Epafurodito

19 Nyagasani Yezu nabishaka niringiye ko bidatinze nzashobora kubatumaho Timoteyo, kugira ngo angezeho inkuru yanyu impumurize.

20 Ni we wenyine mfite duhuje kubakunda, kandi wita by’ukuri ku byanyu.

21 Abandi bose baharanira inyungu zabo bwite, aho guharanira iza Yezu Kristo.

22 Muzi ko Timoteyo yerekanye ko ari ingirakamaro, akorana nanjye umurimo w’Ubutumwa bwiza nk’uko umwana akorana na se.

23 Ni we rero niringiye kuzabatumaho nimara kumenya aho ibyanjye byerekeye.

24 Ubundi kandi ndemeza ko Nyagasani nabishaka, ntazatinda kuza iwanyu.

25 Nabonye ko ari ngombwa kubatumaho umuvandimwe Epafurodito dufatanyije umurimo, kandi turi kumwe ku rugamba. Ni intumwa yanyu mwohereje kugira ngo ankorere kuko nari mukeneye.

26 Yari abakumbuye mwese kandi ababajwe cyane n’uko mwumvise ko arwaye.

27 Koko yari arwaye yenda gupfa, ariko Imana ikinga ukuboko. Si we wenyine yabigiriye, nanjye yarabingiriye kugira ngo ne kwicwa n’agahinda kageretse ku kandi.

28 Ni yo mpamvu ndushaho kumva ari ngombwa kumuboherereza, kugira ngo nimumubona muzongere kwishima, bityo nanjye nshire agahinda.

29 Muramwakire rero mwishimye nk’umuvandimwe muri Nyagasani, kandi umuntu wese nk’uwo mujye mumwubaha.

30 Erega yari agiye gupfa azize umurimo wa Kristo, yigerejeho ngo yuzuze ibyo mutari kunshoborera ubwanyu!

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/PHP/2-ad2e9ed29af6d9e995f03d5eb17cf48f.mp3?version_id=387—

Categories
Abanyafilipi

Abanyafilipi 3

Uko umuntu yatunganira Imana

1 Ahasigaye bavandimwe, mwishimire muri Nyagasani. Sindambirwa kubandikira ibintu mbisubiramo, igihe bibafitiye akamaro.

2 Mwirinde za mbwaari zo bagizi ba nabi, bakunda ibyo kwikebagura.

3 Ahubwo ni twe twakebwe by’ukuri twe dusenga Imana tubikesha Mwuka wayo, tukirata Kristo Yezu wenyine aho kwiyemera ubwacu.

4 Jyewe mfite impamvu zatuma niyemera ubwanjye. Haramutse hagize uwibwira ko afite impamvu zo kwiyemera, jyewe namuhiga.

5 Umva nawe: nakebwe ku munsi wa munani. Ndi Umwisiraheli kavukire wo mu muryango wa Benyamini, ndi n’Umuheburayi butwi. Ku byerekeye gukurikiza Amategeko ndi Umufarizayi,

6 naho ku byerekeye ishyaka, natotezaga Umuryango wa Kristo.Ku byerekeye ubutungane buzanwa n’Amategeko, nari inyangamugayo.

7 Nyamara ibyari bimfitiye inyungu, mbibara ko ari igihombo kubera Kristo.

8 Ndetse ibintu byose mbibara ko ari igihombo, iyo mbigereranyije n’ubukungu buhebuje buzanwa no kumenya Kristo Yezu Umwami wanjye. Kubera we nemeye guhara ibyo nitaga inyungu zanjye byose, maze mbibara nk’amazirantoki kugira ngo nunguke Kristo,

9 kandi mpore muri we ntiratana ubutungane buzanwa no gukurikiza Amategeko, ahubwo nirata ubutungane buzanwa no kwizera Kristo, ari bwo Imana itanga bushingiye ku kumwemera.

10 Icyo ngamije ni ukumenya Kristo n’ububasha bwo kuzuka kwe, no gusangira na we kubabazwa nkamera nka we mu rupfu rwe,

11 bityo nkaba niringiye kuzazurwa mu bapfuye.

Kugera ku ntego

12 Si ukuvuga ko namaze kugera kuri ibyo cyangwa ngo mbe naramaze kuba indakemwa, ahubwo ndacyahatana kugira ngo mbishyikire nk’uko nanjye Kristo Yezu yanshyikiriye.

13 Bavandimwe, sintekereza ko namaze kubishyikira. Oya, ahubwo icyo nkora ni kimwe, nibagirwa ibyahise maze nkihatira gusingira ibiri imbere.

14 Ndaharanira kugera aho dutanguranwango negukane igihembo Imana imfitiye mu ijuru, mbikesha Kristo Yezu ari na byo yampamagariye.

15 Twese rero ab’indakemwa nitubifate dutyo, kandi niba hari ibyo bamwe muri mwe bafashe ukundi Imana izabibahishurira.

16 Uko biri kose dukomereze aho tugeze twe gucogora.

17 Bavandimwe, mwese mugenze nkatwe kandi abakurikiza icyitegererezo twabahaye mube ari bo muhanga amaso.

18 Nabibabwiye kenshi n’ubu nongeye kubibabwira mbogoza amarira: abenshi babaye abanzi b’umusaraba wa Kristo.

19 Iherezo ryabo ni ukurimbuka kuko imana yabo ari inda, ibiteye isoni bakora bikaba ari byo birata, bahoza umutima ku by’isi.

20 Naho twe iwacu ni mu ijuru, aho Umukiza dutegereje azava ari we Nyagasani Yezu Kristo.

21 Azahindura iyi mibiri yacu yoroheje ayigire nk’uwe ufite ikuzo, akoresheje ububasha butuma ashobora kwigarurira ibintu byose.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/PHP/3-db28085d9f0a6d0a89c305cde42e2c67.mp3?version_id=387—

Categories
Abanyafilipi

Abanyafilipi 4

Amabwiriza atari amwe

1 Nuko rero bavandimwe nkunda kandi nkumbuye, mwebwe kamba natsindiye kandi nishimira, nimuhagarare kigabo bakundwa, mukomere muri Nyagasani.

2 Ewodiya na Sintike, ndabinginze, nimuhurize imitima kuri Nyagasani.

3 Kandi nawe mugenzi wanjye dufatanyije umurimondagusaba gufasha abo bagore, kuko bafatanyije nanjye kurwanira Ubutumwa bwiza, bo na Kilementi n’abandi twakoranye amazina yabo akaba yanditswe mu gitabo cy’ubugingo.

4 Mugumye kwishimira muri Nyagasani. Reka mbisubiremo, nimwishime.

5 Ineza yanyu imenywe n’abantu bose. Nyagasani ari hafi kugaruka.

6 Ntimukagire ikibahagarika umutima, ahubwo igihe cyose mumenyeshe Imana ibyo mukeneye muyisaba, muyinginga kandi muyishimira.

7 Bityo amahoro y’Imana asumba kure ubwenge bw’umuntu, arindire imitima yanyu n’ibitekerezo byanyu muri Kristo Yezu.

8 Ahasigaye bavandimwe, icyitwa ingeso nziza cyose n’igikwiye gushimwa cyose, ni iby’ukuri n’ibikwiye icyubahiro, ibitunganye n’ibiboneye, ibikundwa n’ibivugwa neza abe ari byo muhoza ku mutima.

9 Ibyo nabigishije rero n’ibyo nabagejejeho, ibyo mwanyumvanye n’ibyo mwambonanye, ibyo byose mube ari byo mukora, kandi Imana itanga amahoro izabana namwe.

Pawulo ashimira Abanyafilipi imfashanyo zabo

10 Nishimiye cyane muri Nyagasani kuko noneho mwongeye kunzirikana. Erega n’ubundi mwaranzirikanaga, ariko mukabura uko mubingaragariza!

11 Ibyo simbivugishwa n’ubukene, kuko uko ndi kose nimenyereje kunyurwa n’ibyo mfite.

12 Nzi kubaho gikene nzi no kubaho gikungu. Aho ndi hose n’uko byamera kose namenyereye guhaga no gusonza, menyera kugira ibisagutse no kugira bike.

13 Mbashishwa byose na Kristo untera imbaraga.

14 Nyamara mwagize neza ubwo mwifatanyaga nanjye mu makuba nagize.

15 Banyafilipi, igihe nari mvuye muri Masedoniya ngitangira kuhatangaza Ubutumwa bwiza, muzi ko ari mwe muryango wa Kristo wonyine wagize uruhare ku byo nungukaga no ku byo nahombaga

16 Nkiri i Tesaloniki ni mwe mwanyoherereje ibyo nari nkeneye, ndetse si rimwe gusa mwabikoze.

17 Erega ntabwo ari imfashanyo zanyu nkurikiranye, ahubwo nifuza ko mwebwe murushaho kunguka.

18 Ubundi kandi ibyo mwanyoherereje narabishyikiriye ndetse birasaguka. Ibyo nari nkeneye byose ndabifite, kuva igihe Epafurodito yangezagaho ibyo mwamumpereye. Ni ituro rifite impumuro nziza, ni igitambo Imana yemera kandi yishimira.

19 Namwe Imana yanjye ntizabura kubahundazaho ibyo kubakenura byose, nk’uko umutungo wayo uhebuje uri muri Kristo Yezu ungana.

20 Nuko ikuzo ribe iry’Imana Data uko ibihe bihaye ibindi. Amina.

Intashyo

21 Mudutahirize intore z’Imana zose ziri muri Kristo Yezu. Abavandimwe bose turi kumwe barabatashya.

22 Intore z’Imana z’ino zose zirabatashya, cyane cyane izo mu rugo rw’umwami w’i Roma.

23 Nyagasani Yezu Kristo nagumye kubagirira ubuntu.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/PHP/4-669722dccae14608b6365ca7e750d0f6.mp3?version_id=387—