Categories
Abacamanza

Abacamanza 11

Yefute aba umutware w’Abisiraheli

1 Mu Banyagileyadi hari umugabo w’intwari witwaga Yefute, uwo Gileyadi yabyaranye n’indaya.

2 Ubundi Gileyadi yari afite abahungu yabyaranye n’umugore we usanzwe. Abo bahungu bamaze gukura bamenesheje Yefute, baramubwira bati: “Nta munani uteze kubona mu bya data kuko uri umwana w’indaya.”

3 Nuko Yefute arabahunga ajya gutura mu karere k’i Tobu. Abantu b’imburamukoro baramusanga bifatanya na we, bakajya bajyana kugaba ibitero.

4 Hashize iminsi Abamoni batera Abisiraheli,

5 maze abakuru b’i Gileyadi bajya mu karere k’i Tobu guhuruza Yefute.

6 Baramubwira bati: “Ngwino utubere umugaba w’ingabo kugira ngo turwanye Abamoni.”

7 Yefute arabasubiza ati: “Mwaranyanze munyirukana mu bya data, none munyibutse kubera ingorane!”

8 Abakuru b’i Gileyadi baramusubiza bati: “Turakugarukiye kugira ngo uze tujyane kurwanya Abamoni, kandi uzaba umutware wa Gileyadi yose.”

9 Yefute arababaza ati: “Mbese nitujyana kurwanya Abamoni Uhoraho akanshoboza kubatsinda, nzaba umutware wanyu koko?”

10 Abakuru b’i Gileyadi baramusubiza bati: “Tuzabikora nk’uko ubivuze kandi Uhoraho ni we dutanze ho umugabo.”

11 Nuko Yefute ajyana n’abakuru b’i Gileyadi, abantu bamutorera kuba umutware wabo n’umugaba w’ingabo. Ubwo Yefute ari i Misipa imbere y’Uhoraho, ni bwo yahamije ibyo yasezeranye na bo byose.

Ubutumwa bwa Yefute ku Bamoni

12 Yefute atuma ku mwami w’Abamoni agira ati: “Turapfa iki? Ni iki cyatumye unterera igihugu?”

13 Umwami w’Abamoni asubiza intumwa za Yefute ati: “Impamvu ni uko Abisiraheli bavuye mu Misiri bantwarira igihugu, kuva ku ruzi rwa Arunoni ukageza ku mugezi wa Yaboki, no kugeza ku ruzi rwa Yorodani. None ngaho nimukinsubize ku neza.”

14 Nuko Yefute yongera kohereza intumwa ku mwami w’Abamoni,

15 ziramubwira ziti: “Yefute aravuze ngo: ntabwo Abisiraheli bigeze banyaga igihugu cy’Abamowabu cyangwa icy’Abamoni.

16 Igihe Abisiraheli bavaga mu Misiri, binyuriye mu butayu no ku Nyanja y’Urusekebagera i Kadeshi.

17 Maze batuma ku mwami wa Edomu bati: ‘Twemerere tunyure mu gihugu cyawe’, ariko umwami arabahakanira. Abisiraheli batuma no ku mwami wa Mowabu na we ntiyabemerera, ni bwo bigumiye i Kadeshi.

18 Hanyuma bakikira igihugu cya Edomu n’icya Mowabu, banyura mu butayu ahagana iburasirazuba, bashinga amahema yabo mu majyaruguru y’uruzi rwa Arunoni ari rwo mupaka wa Mowabu. Bityo ntibinjira mu gihugu cyabo.

19 Abisiraheli batuma kuri Sihoni umwami w’Abamori wari utuye i Heshiboni bati: ‘Twemerere tunyure mu gihugu cyawe twikomereze urugendo.’

20 Nyamara Sihoni ntiyabemerera kunyura mu gihugu cye, ahubwo arundanya ingabo ze zose i Yahasi, atera Abisiraheli.

21 Nuko Uhoraho Imana y’Abisiraheli abagabiza Sihoni n’ingabo ze zose barazitsinda. Maze Abisiraheli bigarurira icyo gihugu cyose cy’Abamori,

22 uhereye ku ruzi rwa Arunoni ukageza ku mugezi wa Yaboki, no guhera ku butayu ukageza ku ruzi rwa Yorodani.

23 Ubwo Uhoraho Imana y’Abisiraheli yaduhaye kumenesha Abamori muri iki gihugu, ese ni mwebwe Abamoni mwakitwambura?

24 Mbese igihugu mutuyemo si icyo Kemoshi imana yanyu yabahaye? Natwe rero dufite uburenganzira bwo gutura mu gihugu Uhoraho Imana yacu yaduhaye.

25 Balaki mwene Sipori umwami wa Mowabu ntiyigeze ashotōra Abisiraheli cyangwa ngo abarwanye. None se wowe mwami w’Abamoni, wibwira ko umuruta?

26 Abisiraheli bamaze imyaka magana atatu batuye i Heshiboni na Aroweri no mu mijyi ihakikije, ndetse no mu mijyi yose yubatswe hafi y’uruzi rwa Arunoni. Kuki mutahigaruriye muri iyo myaka yose?

27 Ntitwigeze tubakosereza ahubwo ni mwebwe mwaduhemukiye muraturwanya. Uhoraho ni we mucamanza, ngaho nakiranure uyu munsi Abisiraheli n’Abamoni.”

28 Nyamara umwami w’Abamoni ntiyita ku byo Yefute yamutumyeho.

Yefute atsinda Abamoni

29 Mwuka w’Uhoraho aza kuri Yefute, maze Yefute azenguruka intara ya Gileyadi n’iy’Abamanase agaruka i Misipa y’i Gileyadi. Hanyuma yambuka umupaka w’igihugu cy’Abamoni.

30 Yefute ahigira Uhoraho umuhigo ati: “Numpa gutsinda Abamoni

31 ngatabaruka amahoro, uwo tuzahura bwa mbere aturutse mu nzu yanjye, nzamutura Uhoraho ho igitambo gikongorwa n’umuriro.”

32 Yefute amaze kwambuka umupaka w’Abamoni arabarwanya, maze Uhoraho amuha kubatsinda

33 uhereye Aroweri ukageza hafi y’i Miniti na Abeli-Keramimu. Yefute yigarurira imijyi makumyabiri yo muri ako karere, ahica abantu benshi maze Abamoni bayoboka Abisiraheli.

Umukobwa wa Yefute

34 Yefute atabarutse agera iwe i Misipa, ahura n’umukobwa we aje kumusanganira, abyina avuza n’ingoma. Yefute nta wundi mwana yagiraga uretse uwo mukobwa w’ikinege.

35 Nuko Yefute amukubise amaso ashishimura imyambaroye agira ati: “Ye baba we, mwana wanjye ko umbabaje cyane! Unteye guhagarika umutima! Nahigiye Uhoraho umuhigo kandi sinshobora kwivuguruza.”

36 Umukobwa we aramubwira ati: “Data, ubwo wabisezeraniye Uhoraho kandi akaba yaraguhaye gutsinda abanzi bawe b’Abamoni, ngenza nk’uko wabihize.

37 Ariko ngusabye ikintu kimwe gusa: ube undetse amezi abiri, njyane na bagenzi banjye mu misozi kuririra ko ngiye gupfa ntashyingiwe.”

38 Yefute aramwemerera, amusezeraho ati: “Ngaho genda!” Nuko uwo mukobwa ajyana na bagenzi be mu misozi, baririra ko agiye gupfa adashyingiwe.

39 Amezi abiri arangiye aragaruka, se amugenza nk’uko yabihize, uwo mukobwa apfa akiri isugi. Kubera we hatangiye umugenzo mu Bisiraheli,

40 buri mwaka abakobwa b’Abisiraheli bakajya kumara iminsi ine mu misozi, baririra umukobwa wa Yefute w’Umugileyadi.

Categories
Abacamanza

Abacamanza 12

Intambara hagati ya Yefute n’Abefurayimu

1 Abefurayimu bakoranira hamwe bambuka Yorodani, basanga Yefute i Safonibaramubaza bati: “Kuki wagiye kurwanya Abamoni utadutabaje? Tuzagutwikira mu nzu yawe ukongokeremo!”

2 Yefute arabasubiza ati: “Jyewe n’abo twari kumwe twari dushyamiranye n’Abamoni, mbatabaje ntimwantabara.

3 Mbibonye ntyo mperako mpara amagara yanjye njya gutera Abamoni, maze Uhoraho ampa kubatsinda. None se murampora iki?”

4 Nuko Yefute akoranyiriza hamwe Abagileyadi barwanya Abefurayimu, kuko Abefurayimu babacyuriraga bati: “Muhora muduhunga! Ntimuri Abefurayimu, ntimuri n’Abamanase!” Abagileyadi barabatsinda,

5 bigarurira ibyambu bya Yorodani bigana mu ntara y’Abefurayimu. Nuko hagira umuntu ushaka kwambuka kugira ngo ahunge, bakamubaza bati: “Uri Umwefurayimu?”

Yabahakanira,

6 bakamubwira bati: “Ngaho vuga uti: ‘Shiboleti’ ”, undi akavuga ati: “Siboleti”, kubera ko atashoboraga kurivuga neza. Ubwo bagahita bamusingira bakamwicira kuri ibyo byambu. Icyo gihe hagwa Abefurayimu ibihumbi mirongo ine na bibiri.

7 Yefute w’Umugileyadi yamaze imyaka itandatu ategeka Abisiraheli, maze arapfa bamuhamba muri umwe mu mijyi y’i Gileyadi.

Ibusani

8 Nyuma ya Yefute, Ibusani w’i Betelehemu ni we wabaye umucamanza w’Abisiraheli.

9 Yari afite abahungu mirongo itatu n’abakobwa mirongo itatu. Abo bakobwa be bose yabashyingiye mu yindi miryango itari uwo akomokamo, n’abahungu be bose aba ari ho abashakira abageni. Ibusani yamaze imyaka irindwi ategeka Abisiraheli,

10 nuko arapfa bamuhamba i Betelehemu.

Eloni

11 Nyuma ya Ibusani, Eloni w’Umuzabuloni ni we wabaye umucamanza w’Abisiraheli. Hashize imyaka icumi

12 arapfa, bamuhamba Ayaloni mu ntara y’Abazabuloni.

Abudoni

13 Nyuma ya Eloni, Abudoni mwene Hileli w’i Piratoni ni we wabaye umucamanza w’Abisiraheli.

14 Yari afite abahungu mirongo ine, n’abuzukuru b’abahungu mirongo itatu, bagendaga ku ndogobe mirongo irindwi. Hashize imyaka umunani

15 arapfa bamuhamba i Piratoni mu ntara y’Abefurayimu, mu misozi ituwe n’Abamaleki.

Categories
Abacamanza

Abacamanza 13

Ivuka rya Samusoni

1 Abisiraheli bongera gucumura ku Uhoraho, maze abagabiza Abafilisiti babakandamiza imyaka mirongo ine.

2 Mu karere ka Sora hari hatuye umugabo witwaga Manowa wo mu muryango wa Dani. Yari afite umugore w’ingumba utigeze abyara.

3 Nuko Umumarayika w’Uhoraho abonekera uwo mugore, aramubwira ati: “Dore uri ingumba, ntiwigeze ubyara. Nyamara uzasama inda ubyare umuhungu.

4 None rero uramenye ntukanywe divayi cyangwa izindi nzoga zose zisindisha, ntukarye n’ibyokurya byose bihumanye,

5 kuko umuhungu uzabyara, kuva ataravuka azaba umunaziri weguriwe Imana. Nuko rero ntihazagire umwogosha. Ni we uzatangira gukiza Abisiraheli Abafilisiti.”

6 Uwo mugore asanga umugabo we aramubwira ati: “Umuntu w’Imana yaje aho nari ndi, afite igitinyiro kandi asa n’umumarayika w’Imana. Ntabwo namubajije aho aturutse, na we ntiyigeze ambwira izina rye.

7 Yambwiye ati: ‘Dore uzasama inda ubyare umuhungu. Ntukanywe divayi cyangwa izindi nzoga zose zisindisha ntukarye n’ibyokurya byose bihumanye, kuko umuhungu uzabyara kuva ataravuka azaba umunaziri weguriwe Imana kugeza igihe azapfira.’ ”

8 Maze Manowa asenga Uhoraho agira ati: “Nyagasani, ndagusabye wongere utwoherereze wa muntu w’Imana, adusobanurire neza uko tuzagenza uwo mwana uzavuka.”

9 Imana yumva isengesho rya Manowa, maze Umumarayika w’Imana aragaruka asanga wa mugore mu murima, ariko umugabo we Manowa ntibari kumwe.

10 Umugore agenda yiruka abwira umugabo we ati: “Wa muntu nabonye ubushize yagarutse!”

11 Nuko Manowa arahaguruka akurikira umugore we, ajya aho wa muntu ari. Aramubaza ati: “Mbese ni wowe wavuganaga n’umugore wanjye?”

Aramusubiza ati: “Ni jye.”

12 Manowa aramubaza ati: “None se nibiba nk’uko wabivuze, uwo muhungu azabaho ate kandi azakora iki?”

13 Umumarayika w’Uhoraho asubiza Manowa ati: “Umugore wawe agomba kwitondera ibyo namubwiye byose.

14 Ntakagire icyo arya cyangwa anywa gikomoka ku muzabibu, ntakanywe divayi cyangwa izindi nzoga zose zisindisha, kandi ntakarye ikintu cyose gihumanye, azitondere ibyo namubwiye byose.”

15 Manowa abwira Umumarayika w’Uhoraho ati: “Ndakwinginze, wihangane tugutekere agahene k’izimano.”

16 Umumarayika w’Uhoraho aramusubiza ati: “Ndategereza ariko sindya. Icyakora ubishatse watambira Uhoraho igitambo gikongorwa n’umuriro.”

Manowa ntiyari azi ko ari Umumarayika w’Uhoraho,

17 nuko aramubaza ati: “Witwa nde kugira ngo nibiba nk’uko wabivuze tuzagushime?”

18 Umumarayika w’Uhoraho aramubwira ati: “Urambariza iki izina ryanjye? Mfite izina ry’akataraboneka!”

19 Nuko Manowa azana umwana w’ihene n’ituro ry’ibinyampeke abishyira hejuru y’urutare, abitura Uhoraho. Manowa n’umugore we batangazwa n’ibyo barebaga.

20 Igihe umuriro w’igitambo wagurumanaga ku rutare, babona wa Mumarayika w’Uhoraho azamukira mu birimi byawoajya mu ijuru. Manowa n’umugore we babibonye bikubita hasi bubamye.

21 Manowa amenya ko yari Umumarayika w’Uhoraho, icyakora ntibongera kumubona.

22 Nuko Manowa abwira umugore we ati: “Turi bupfe nta kabuza, kubera ko twabonye Imana.”

23 Umugore we aramusubiza ati: “Iyo Uhoraho ashaka ko dupfa ntaba yemeye igitambo cyacu n’ituro ryacu, kandi ntaba yatweretse bya bitangaza cyangwa ngo aduhe amabwiriza amaze kuduha.”

24 Igihe kigeze umugore abyara umuhungu, amwita Samusoni. Umwana arakura kandi Uhoraho amuha umugisha.

25 Igihe Samusoni yari i Mahane-Dani hafi ya Sora na Eshitawoli, ni bwo Mwuka w’Uhoraho yatangiye kumukoresha.

Categories
Abacamanza

Abacamanza 14

Samusoni arongora Umufilisitikazi

1 Umunsi umwe Samusoni yaramanutse ajya i Timuna, ahabona umukobwa w’Umufilisitikazi.

2 Agarutse imuhira abwira ababyeyi be ati: “Nabonye umukobwa wo mu Bafilisiti i Timuna, none nimujye kumunsabira ambere umugore.”

3 Baramusubiza bati: “Mbese wabuze umugeni mu bakobwa bo mu muryango wacu cyangwa mu bandi Bisiraheli, bituma ugomba kujya gushaka umugeni muri bariya Bafilisiti batakebwe?”

Samusoni abwira se ati: “Uwo ni we nabengutse abe ari we unsabira.”

4 Ababyeyi be ntibamenya ko ari Uhoraho ubiteye, ashaka impamvu yo kurwanya Abafilisiti, kuko muri icyo gihe bari barigaruriye Abisiraheli.

5 Samusoni n’ababyeyi be baramanuka bajya i Timuna. Bageze mu mirima y’imizabibu yaho, Samusoni ahura n’icyana cy’intare kiza kimutontomera.

6 Nuko Mwuka w’Uhoraho amuzaho, Samusoni wagendaga imbokoboko, atanyaguza icyo cyana cy’intare nk’utanyaguza umwana w’ihene, nyamara ntiyirirwa abibwira ababyeyi be.

7 Samusoni akomeza urugendo aramanuka, aganira n’uwo mukobwa maze arushaho kumubenguka.

8 Hashize iminsi, Samusoni asubira i Timuna gushyingirwa. Ageze aho yiciye ya ntare ajya kureba, asanga igikanka cyayo kigihari, cyuzuyemo inzuki n’ubuki.

9 Afata kuri ubwo buki agenda arya, asubira aho ababyeyi be bari na bo abahaho bararya, ariko ntiyababwira ko abuvanye mu gikanka cy’intare.

10 Se wa Samusoni ajya kwa bamwana we, maze Samusoni ahakoreshereza ibirori by’ubukwe nk’uko abasore babigenzaga.

11 Abafilisiti bamubonye, bamutoranyiriza abasore mirongo itatu bo kugumana na we.

12 Samusoni arababwira ati: “Ngiye kubasākuza igisākuzo, nimucyica iminsi irindwi y’ibirori itarashira, nzabaha amakanzu mirongo itatu, n’imyenda mirongo itatu yo kurimbana.

13 Ariko nimutacyica, ni mwebwe muzampa amakanzu mirongo itatu n’imyenda mirongo itatu yo kurimbana.”

Baramusubiza bati: “Ngaho dusākuze twumve.”

14 Arababwira ati:

“Mu kiryana havuyemo ikiribwa,

mu kinyambaraga havuyemo ibiryohereye.”

Mu minsi itatu, abo basore bari batarica icyo gisākuzo.

15 Umunsi wa karindwi babwira muka Samusoni bati: “Oshyoshya umugabo wawe, akubwire uko bica icyo gisākuzo. Niwanga turagutwikana n’ab’inzu ya so! Ese mwadutumiriye kutunyaga ibyacu?”

16 Umugore wa Samusoni aramwegera amuririra imbere ati: “Uranyanga rwose ntunkunda! Ubonye ngo we kumbwira uko bica igisākuzo wahaye bene wacu!”

Aramusubiza ati: “Ese wibwira ko nakigusobanurira, ntarigeze ngisobanurira n’ababyeyi banjye?”

17 Yamaze iyo minsi irindwi y’ibirori amuririra imbere, maze ku munsi wa karindwi, aba aramurembeje. Samusoni amusobanurira igisākuzo, na we akigeza kuri bene wabo.

18 Kuri uwo munsi wa karindwi izuba ritararenga, ba basore b’i Timuna babwira Samusoni bati:

“Hari icyarusha ubuki kuryoha?

Hari icyarusha intare kugira imbaraga?”

Samusoni arabasubiza ati: “Iyo mudahingisha inyana yanjye, ntimwajyaga kwica igisākuzo cyanjye!”

19 Muri ako kanya Mwuka w’Uhoraho amuzaho, Samusoni aramanuka ajya Ashikeloni ahica Abafilisiti mirongo itatu arabacuza, imyambaro yabo ayiha abishe cya gisākuzo. Nuko arazamuka asubira kwa se arakaye cyane.

20 Umugore we acyurwa n’umwe muri ba basore bari kumwe na Samusoni mu bukwe.

Categories
Abacamanza

Abacamanza 15

Samusoni yihōrera

1 Hashize iminsi, mu gihe cy’isarura ry’ingano, Samusoni ajya gusura umugore we amushyiriye umwana w’ihene. Nuko abwira sebukwe ati: “Ndashaka gusanga umugore wanjye mu cyumba cye.”

Ariko sebukwe ntiyabimwemerera,

2 ahubwo aramubwira ati: “Nibwiye ko wamwanze maze mushyingira umwe mu basore mwari kumwe. Noneho ndagushyingira murumuna we mu cyimbo cye. Erega amurusha n’ubwiza!”

3 Ariko Samusoni aravuga ati: “Ubu se kandi hari uwandenganya ndamutse ngiriye nabi Abafilisiti?”

4 Nuko aragenda afata ingunzu magana atatu, azihambiranya imirizo ebyiri ebyiri ashyiraho ifumba.

5 Amaze gukongeza ayo mafumba, ashumura izo ngunzu mu mirima y’Abafilisiti, zitwika ingano zikiri mu mirima n’iziri ku mirara, zitwika n’imizabibu n’iminzenze.

6 Abafilisiti babajije uwakoze ibyo, bababwira ko ari Samusoni abitewe n’uko sebukwe w’i Timuna yamunyaze umugore we, akamushyingira undi mugabo. Nuko Abafilisiti bahita bazamuka, batwika uwo mugore hamwe na se.

7 Samusoni arababwira ati: “Ubwo mubigenje mutyo, nanjye nzaruhuka ari uko maze kwihōrera!”

8 Nuko abatera arakaye cyane yica benshi muri bo, hanyuma ajya kwibera mu buvumo bwo mu rutare rwa Etamu.

Samusoni atsinda Abafilisiti

9 Abafilisiti barazamuka, bashinga ibirindiro i Lehi mu Buyuda.

10 Abayuda barababaza bati: “Ni iki gitumye mudutera?”

Barabasubiza bati: “Tuje gufata Samusoni kugira ngo tumwitūre ibyo yadukoreye.”

11 Nuko Abayuda bakoranya abantu ibihumbi bitatu, bajya ku buvumo bwo mu rutare rwa Etamu, babaza Samusoni bati: “Mbese ntabwo uzi ko Abafilisiti ari bo badutegeka? Ibyo udukoreye ibi ni ibiki?”

Na we arabasubiza ati: “Nabitūye ibyo bankoreye!”

12 Baramubwira bati: “Tuzanywe hano no kukuboha, kugira ngo tugushyikirize Abafilisiti.”

Samusoni arababwira ati: “Nimundahire gusa ko atari mwe muri bunyice.”

13 Baramusubiza bati: “Humura ntituri bukwice, ahubwo turakuboha tugushyikirize Abafilisiti.” Nuko bamubohesha imigozi ibiri mishya, bamukura kuri urwo rutare baramuzamukana.

14 Bamugejeje i Lehi, Abafilisiti bamusanganiza induru. Mwuka w’Uhoraho amuzaho, imigozi yari imuboshye amaboko n’ibikonjo, imubera nk’ubudodo buhuye n’umuriro iracikagurika.

15 Abona igufwa ry’urwasaya rw’indogobe yamaze gupfa, ararifata aryicisha Abafilisiti igihumbi.

16 Nuko Samusoni ariyamirira ati:

“Nafashe urwasaya rw’indogobe nica abantu igihumbi,

nafashe urwasaya rw’indogobe ndunda imirambo yabo!”

17 Amaze kuvuga atyo ajugunya rwa rwasaya, aho hantu ahita Ramati-Lehi, ni ukuvuga umusozi w’urwasaya.

18 Samusoni agira inyota cyane maze atabaza Uhoraho agira ati: “Nyagasani, wampaye gutsinda bigeze aha Abafilisiti batakebwe, ariko none kubera inyota ngiye kugwa mu maboko yabo.”

19 Nuko Imana isatura urutare i Lehi isōko iradudubiza, Samusoni anywa amazi agarura ubuyanja. Iyo sōko ayita “Isōko y’utabaza”, na n’ubu iracyari i Lehi.

20 Samusoni yamaze imyaka makumyabiri ari umurengezi w’Abisiraheli, abakiza Abafilisiti.

Categories
Abacamanza

Abacamanza 16

Samusoni ajya i Gaza

1 Umunsi umwe Samusoni ajya i Gazaahabona umugore w’indaya, yinjira iwe bararyamana.

2 Abantu b’i Gaza bumvise ko Samusoni ahari, ntibamwakura ariko barahagota, barara irondo bubikiye ku irembo ry’umujyi bibwira ko bazamwica bukeye.

3 Nyamara Samusoni ntiyategereje ko bucya, yagejeje mu gicuku arabyuka afata inzugi z’irembo ry’umujyi, azirandurana n’ibizingiti byombi n’igihindizo cyazo. Abiterera ku bitugu arabijyana abigeza mu mpinga y’umusozi uteganye na Heburoni.

Samusoni na Delila

4 Ikindi gihe Samusoni abenguka umugore witwa Delila, wari utuye mu kibaya cya Soreki.

5 Abategetsi b’Abafilisiti basanga uwo mugore baramubwira bati: “Oshyoshya Samusoni umubaze aho akura imbaraga ze nyinshi, n’uburyo twashobora kumuboha kugira ngo tumucogoze. Buri muntu muri twe azaguha ibikoroto by’ifeza igihumbi n’ijana.”

6 Nuko Delila abwira Samusoni ati: “Ese ntiwambwira aho ukura imbaraga zawe nyinshi, n’uburyo umuntu yakuboha kugira ngo agucogoze?”

7 Samusoni aramusubiza ati: “Bambohesheje injishi nshya ndwi z’umuheto zitigeze zanikwa, nacogora nkamera nk’abandi bantu.”

8 Nuko abategetsi b’Abafilisiti bazanira Delila injishi nshya ndwi z’umuheto zitigeze zanikwa, azibohesha Samusoni.

9 Yari yahishe abantu mu kindi cyumba maze aravuga ati: “Wapfa Samusoni we, Abafilisiti baraguteye!” Ariko Samusoni acagagura izo njishi, zimubera nk’akagozi gahuye n’umuriro. Bityo ntibamenya aho imbaraga ze zituruka.

10 Delila abwira Samusoni ati: “Wankinishije rwose urambeshya, noneho mbwira uburyo umuntu yakuboha.”

11 Samusoni aramusubiza ati: “Bambohesheje imigozi mishya itarigeze ikoreshwa, nacogora nkamera nk’abandi bantu.”

12 Delila ahisha abantu mu kindi cyumba, maze afata imigozi mishya aboha Samusoni amaboko. Aravuga ati: “Wapfa Samusoni we, Abafilisiti baraguteye!” Ariko Samusoni acagagura ya migozi nk’ucagagura akadodo.

13 Delila abwira Samusoni ati: “Na n’ubu uracyankinisha kandi ukambeshya! Noneho mbwira uburyo umuntu yakuboha.”

Samusoni aramusubiza ati: “Uwagabanya imisatsi yanjye mo imigabane irindwi akayibohekanya, yabishobora.”

14 Samusoni asinziriye Delila abigenza atyo, maze imisatsi ayifatisha ku rubambo. Nuko aravuga ati: “Wapfa Samusoni we, Abafilisiti baraguteye!” Samusoni arakanguka ashikuza urwo rubambo, imisatsi irahambuka.

15 Nuko Delila aramubwira ati: “Kuki umbeshya ngo urankunda kandi undyarya? Ubonye ngo urankinisha incuro eshatu zose utambwira aho ukura imbaraga zawe nyinshi!”

16 Delila yahozaga Samusoni ku nkeke amubaza atyo, aho bigeze aramurembya.

17 Nuko Samusoni amumenera ibanga ati: “Ntabwo nigeze nogoshwa na rimwe, kuko nabaye umunaziri weguriwe Imana ntaranavuka. Uwanyogosha, imbaraga zanshiramo ngacogora nkamera nk’abandi bantu.”

18 Delila abonye ko amumeneye ibanga, atuma ku bategetsi b’Abafilisiti ati: “Nimugaruke ubwa nyuma kuko yameneye ibanga.” Nuko baraza bazanye za feza bamusezeranyije.

19 Delila abikīrira Samusoni ku bibero bye, amaze gusinzira Delila ahamagaza umuntu wo kumwogosha ya migabane irindwi y’imisatsi. Uko ni ko Delila yatumye imbaraga za Samusoni zimushiramo.

20 Nuko aravuga ati: “Wapfa Samusoni we, Abafilisiti baraguteye!” Samusoni akanguka yibwira ko ari bubanyuremo akabacika nk’uko bisanzwe, ariko yari ataramenya ko Uhoraho yamukuyeho amaboko.

21 Abafilisiti baramufata, bamunogōra amaso. Bamujyana muri gereza y’i Gaza, bamubohesha iminyururu y’umuringa, bamutegeka kujya asya.

22 Ariko umusatsi we wongeye kumera.

Urupfu rwa Samusoni

23 Nuko abategetsi b’Abafilisiti baraterana, kugira ngo batambire imana yabo Dagoni igitambo kidasanzwe banezerewe cyane. Baravugaga bati: “Imana yacu yadushoboje gutsinda umwanzi wacu Samusoni!”

24 Abantu bari babonye Samusoni bahimbaza imana yabo bavuga bati: “Imana yacu yadushoboje gutsinda umwanzi wari wayogoje igihugu cyacu, kandi akatwicamo abantu benshi.”

25 Kubera umunezero abari mu ngoro ya Dagoni bari bafite, baravuga bati: “Nimutuzanire Samusoni tube tumushungera.”

Nuko bamukura muri gereza baramuzana baramushungera, hanyuma bamuhagarika hagati y’inkingi.

26 Samusoni abwira umuhungu wari umurandase ati: “Ngeza ku nkingi z’ingenzi zishyigikiye iyi ngoro maze nzegamire nduhuke.”

27 Iyo ngoro yari yuzuyemo abagabo n’abagore, ndetse n’abategetsi bose b’Abafilisiti bari bahari. Hari n’abagabo n’abagore bageze ku bihumbi bitatu, bari hejuru y’igisenge cyayo bashungera Samusoni.

28 Samusoni atakambira Uhoraho ati: “Nyagasani Uhoraho, ndakwinginze nyibuka. Mana, umpe imbaraga ubu ngubu gusa, kugira ngo nihōrere kubera amaso yanjye Abafilisiti banogōye.”

29 Nuko Samusoni afata inkingi ebyiri zo hagati zari zishyigikiye iyo ngoro, imwe mu kuboko kw’iburyo, indi mu kw’ibumoso. Arisuganya

30 maze aravuga ati: “Nibura reka mpfane n’aba Bafilisiti!” Hanyuma asunika izo nkingi n’imbaraga ze zose, ingoro iridukira kuri ba bategetsi n’abantu bose bari bayirimo. Abantu Samusoni yisasiye uwo munsi barutaga ubwinshi abo yari yarishe mbere.

31 Nuko abavandimwe be na bene wabo baramanuka baza gutwara umurambo we. Barawuzamukana bawuhamba hamwe na se Manowa, hagati ya Sora na Eshitawoli. Samusoni yamaze imyaka makumyabiri ari umurengezi w’Abisiraheli.

Categories
Abacamanza

Abacamanza 17

Ingoro yo mu rugo rwa Mika

1 Habayeho umuntu witwaga Mika wari utuye mu misozi y’Abefurayimu.

2 Nyina abura ibikoroto igihumbi n’ijana by’ifeza, avuma uwabitwaye. Nuko Mika aramubwira ati: “Numvise uvuma uwakwibye. Ifeza zawe ni jyewe wazitwaye kandi ndacyazifite.”

Nyina aramubwira ati: “Uhoraho aguhe umugisha mwana wanjye.”

3 Nuko Mika amusubiza ibyo bikoroto igihumbi n’ijana by’ifeza, nyina aramubwira ati: “Izi feza nzeguriye Uhoraho ku bwawe; zizayagirizwa ku ishusho ibājwe n’icuzwe, ayo mashusho azaba iwawe.”

4 Muri za feza yamushubije, nyina akuramo ibikoroto magana abiri abishyīra umucuzi abiyagiriza ku mashusho, maze bayashyira mu nzu ya Mika.

5 Mika yari afite ingoro yasengeragamo, irimo indi shusho n’ibigirwamana yiremeye. Nuko atoranya umwe mu bahungu be, kugira ngo amubere umutambyi.

6 Muri icyo gihe Abisiraheli nta mwami bari bafite, umuntu wese yikoreraga icyo yishakiye.

7 Hari umusore w’Umulevi wari utuye i Betelehemu mu Buyuda,

8 arahava ajya kwishakira ahandi yatura. Aza kugera kwa Mika mu misozi y’Abefurayimu.

9 Mika aramubaza ati: “Uraturuka he?”

Aramusubiza ati: “Ndi Umulevi nturutse i Betelehemu mu Buyuda, ndashaka aho nakwibera.”

10 Mika aramubwira ati: “Igumire hano, ube umutambyi ushinzwe urugo rwanjye. Nzajya nguhemba ibikoroto icumi by’ifeza mu mwaka, nkwambike kandi nkugaburire.”

11 Uwo musore w’Umulevi yemera kuhaguma, Mika amufata nk’umwe mu bahungu be,

12 amwegurira umurimo w’ubutambyi maze akajya yibera iwe.

13 Nuko Mika aravuga ati: “Ubu noneho Uhoraho azangirira neza, kuko uyu Mulevi ambereye umutambyi!”

Categories
Abacamanza

Abacamanza 18

Mika n’ab’umuryango wa Dani

1 Muri icyo gihe Abisiraheli nta mwami bari bafite. Muri icyo gihe kandi, ab’umuryango wa Dani bari bagishaka aho batura kugira ngo habe gakondo yabo, kuko mu Bisiraheli ari bo bonyine bari basigaye bataratura mu mugabane wabo.

2 Nuko Abadani batoranya mu mazu yabo yose abagabo batanu b’intwari, bo mu mujyi wa Sora n’uwa Eshitawoli. Babwira abo bagabo bati: “Nimujye kuzenguruka igihugu, mugenzure uko giteye.” Baragenda bageze mu misozi y’Abefurayimu, bahingukira kwa Mika baraharara.

3 Bakiri aho baza kumva imvugo ya wa musore w’Umulevi, maze baramwegera baramubaza bati: “Ni nde wakuzanye hano? Uhakora iki? Ubaho ute?”

4 Arabasubiza ati: “Mika yankoreye byinshi, yangize umutambyi we kandi arabimpembera.”

5 Baramubwira bati: “Tubarize Imana niba urugendo turimo ruzatubera ruhire.”

6 Uwo mutambyi arabasubiza ati: “Nimugende amahoro, Uhoraho azajyana namwe!”

7 Nuko abo bagabo batanu bakomeza urugendo bagera mu mujyi wa Layishi, basanga abantu baho biberaho mu mahoro no mu mutekano, bigenga nta cyo bikanga. Nta masezerano yo gutabarana bari bafitanye n’andi mahanga, kandi nubwo babagaho nk’Abanyasidoni, bari kure yabo.

8 Ba bagabo batanu basubiye i Sora na Eshitawoli, abandi Badani barababaza bati: “Muzanye nkuru ki?”

9 Barabasubiza bati: “Igihugu twagenzuye twasanzemo intara nziza cyane. None muracyategereje iki? Nimuhaguruke, tuhatere tudatinze tuhigarurire!

10 Nimugerayo muzirebera ukuntu ari hagari, kandi hatuwe n’abantu batagira icyo bikanga. Ni intara yera ibintu byose, kandi Imana izabaha kuyigarurira.”

11 Nuko abagabo magana atandatu bo mu muryango wa Dani bafata intwaro, bahaguruka mu mujyi wa Sora n’uwa Eshitawoli.

12 Barazamuka bakambika mu burengerazuba bwa Kiriyati-Yeyarimu mu ntara y’u Buyuda. Aho hantu hitwa Mahane-Danikugeza n’ubu.

13 Bahavuye bagera kwa Mika mu misozi y’Abefurayimu.

14 Ba bagabo batanu bari bagiye gutata intara ya Layishi, babwira bagenzi babo bati: “Muri uru rugo hari ishusho ibajwe n’icuzwe, n’indi shusho n’ibigirwamana. Murabitekerezaho iki?”

15 Abo bagabo batanu bahita binjira mu nzu ya wa musore w’Umulevi bamubaza amakuru,

16 naho ba bandi magana atandatu bari bahagaze ku irembo bitwaje intwaro.

17 Wa Mulevi w’umutambyi arahabasanga, maze ba batasi batanu binjira mu ngoro ya Mika, basahura ishusho ibajwe n’icuzwe, n’indi shusho n’ibigirwamana.

18 Bakibisahura uwo mutambyi arababaza ati: “Murakora ibiki?”

19 Baramusubiza bati: “Ceceka kandi uruce urumire! Ahubwo ngwino twijyanire, ube umutambyi ushinzwe umuryango wacu. Aho kuba umutambyi w’urugo rumwe, ntiwahitamo kuba umutambyi w’amazu yose y’umwe mu miryango y’Abisiraheli?”

20 Ibyo byashimishije uwo mutambyi, maze afata ya shusho yindi na ya shusho ibajwe n’ibigirwamana, yijyanira n’abo Badani.

21 Nuko bashyira nzira baragenda, bashoreye abana babo n’amatungo yabo n’ibyo bari batunze byose.

22 Bamaze kugera kure, Mika akoranya abaturanyi be bakurikira Abadani. Babageze hafi

23 bavuza induru, Abadani barakebuka babaza Mika bati: “Icyo gitero ni icy’iki?”

24 Mika arabasubiza ati: “Mwansahuye imana niremeye, munjyanira n’umutambyi munsiga iheruheru, none murambaza ngo ‘Iki gitero ni icy’iki?’ ”

25 Abadani baramubwira bati: “Ntiwongere gukopfora! Aba bantu barubiye, bāguhitana bakakurimburana n’ab’umuryango wawe bose.”

26 Mika abonye ko bamurusha amaboko arahindukira yisubirira iwe, naho Abadani bikomereza urugendo

27 bajyanye wa mutambyi n’ibyo basahuye kwa Mika.

Nuko batera umujyi wa Layishi wari utuwe n’abantu biberagaho mu mahoro no mu mutekano, babicisha inkota n’umujyi barawutwika.

28 Abanyalayishi ntibabonye uwo kubatabara, kuko bari batuye kure ya Sidoni mu kibaya hafi y’i Beti-Rehobu, kandi nta masezerano yo gutabarana bari bafitanye n’andi mahanga. Nuko Abadani basana umujyi bawuturamo,

29 bawitirira sekuruza wabo Dani mwene Yakobo, ariko uwo mujyi wahoze witwa Layishi.

30 Abadani bahatereka ya shusho ibajwe basahuye kwa Mika, maze Yonataniukomoka kuri Gerushomu mwene Musa aba umutambyi w’umuryango wa Dani, asimburwa n’abamukomokaho kugeza igihe bajyanywe ho iminyago.

31 Abadani bakomeje gusenga ya shusho Mika yibarije, igihe cyose Inzu y’Imana yari ikiri i Shilo.

Categories
Abacamanza

Abacamanza 19

Ibyabaye ku Mulevi n’inshoreke ye

1 Muri icyo gihe Abisiraheli nta mwami bari bafite. Hari Umulevi wari utuye ahantu hitaruye mu misozi y’Abefurayimu, yari afite inshoreke yakuye i Betelehemu mu Buyuda.

2 Uwo mugore aza guhemukira umugabo arasambana, ndetse arahukana yisubirira kwa se i Betelehemu, amarayo amezi ane.

3 Nuko umugabo we ajyana n’umugaragu we n’indogobe ebyiri, ajya kwa sebukwe kugira ngo yūrure umugore we amucyure. Bagezeyo umugore amwinjiza mu nzu, maze se abonye umukwe we amwakirana ibyishimo.

4 Aramwinginga ngo asibire, nuko Umulevi aremera ahamara iminsi itatu, barya banywa, bwakwira bakaryama.

5 Mu gitondo cy’umunsi wa kane bazinduka bitegura gutaha. Nuko se w’uwo mugore abwira umukwe we ati: “Ubanze ugire icyo ufungura mubone kugenda.”

6 Nuko bombi baricara bararya baranywa. Sebukwe aramubwira ati: “Ndakwinginze ongera urare hano iri joro, unezerwe.”

7 Umulevi ahagurutse kugira ngo agende sebukwe akomeza kumwinginga, bigeze aho aremera aharara irindi joro.

8 Mu gitondo cy’umunsi wa gatanu, Umulevi arazinduka ngo atahe. Sebukwe aramubwira ati: “Ubanze ugire icyo ufungura, muri bugende nimugoroba.” Nuko barisangirira.

9 Igihe Umulevi n’inshoreke ye n’umugaragu we bahagurutse ngo batahe, sebukwe aramubwira ati: “Dore umunsi uciye ikibu nimurare, ndakwinginze nimurare burije, munezerwe. Ejo muzazinduke mwitahire.”

10 Ariko noneho Umulevi ntiyemera kurara, ahubwo arahaguruka we n’inshoreke ye n’indogobe zombi zihetse imitwaro, barigaba bagera ahateganye n’i Yebuzi, ari ho Yeruzalemu.

11 Bahageze bugorobye, wa mugaragu aramubwira ati: “Reka tujye gucumbika muri uriya mujyi w’Abayebuzi.”

12 Shebuja aramusubiza ati: “Ntabwo twacumbika mu mujyi w’abatari Abisiraheli, ahubwo tuharenge tujye i Gibeya

13 turareyo cyangwa dukomeze tujye i Rama.”

14 Nuko barakomeza baragenda, izuba rirenga bageze hafi y’i Gibeya yo mu ntara ya Benyamini.

15 Bajya kurara i Gibeya, bagezeyo biyicarira ku muhanda munini, ariko ntibabona umuntu wo kubacumbikira.

16 Muri uwo mwanya babona umusaza uhinguye abahingutseho. Nubwo uwo musaza yari atuye mu mujyi w’Ababenyamini, yakomokaga mu misozi y’Abefurayimu.

17 Uwo musaza abonye abo bantu bicaye aho, arababaza ati: “Murava he mukajya he?”

18 Umulevi aramusubiza ati: “Turava i Betelehemu mu Buyuda, tukajya ahantu hitaruye mu misozi y’Abefurayimu aho ntuye. Nari nazindukiye i Betelehemu, none najyaga mu Nzu y’Uhoraho. Twabuze umuntu waducumbikira,

19 nyamara kandi twifitiye icyarire n’ibyokurya by’indogobe zacu, nanjye n’umugore wanjye n’umugaragu wanjye twifitiye impamba ihagije, nta kindi dukeneye uretse icumbi.”

20 Uwo musaza aramusubiza ati: “Muhumure, ibyo mukeneye byose ndabibakorera, ariko mwe kurara hanze.”

21 Nuko abajyana iwe agaburira indogobe zabo, abashyitsi boga ibirenge, bararya baranywa.

22 Igihe bari biyicariye aho banezerewe, abagabo b’ibirara bo muri uwo mujyi baraza bagota inzu y’uwo musaza, batangira guhondagura ku rugi bamuhamagara kandi bamubwira bati: “Sohora uwo mugabo ucumbikiye turyamane na we.”

23 Nyir’urugo arasohoka arababwira ati: “Bavandimwe, ndabinginze, muramenye ntimukore ayo mahano kuri uyu mugabo ncumbikiye!

24 Ahubwo mureke mbahe umukobwa wanjye w’isugi n’inshoreke y’uwo mugabo mubakoreho ibyo mushaka, ariko mwe kumukorera ayo mahano.”

25 Ariko abo bagabo barinangira. Umulevi abibonye atyo afata umugore we amusunikira hanze, bamukuranwaho bamwonona ijoro ryose, babonye bugiye gucya baramurekura.

26 Mu museke, uwo mugore arasindagira ariko agwa ku muryango w’inzu y’uwo musaza aho umugabo we yari ari, arahahera kugeza mu gitondo.

27 Umugabo we abyutse kugira ngo akomeze urugendo, akingura urugi abona wa mugore we w’inshoreke arambaraye imbere y’umuryango, arambitse ibiganza ku rugi.

28 Umugabo we aramubwira ati: “Byuka tugende!” Ariko ntiyagira icyo amusubiza kuko yari yapfuye. Nuko uwo Mulevi ashyira umurambo ku ndogobe arataha.

29 Ageze iwe afata icyuma, umurambo w’umugore we awucamo imigabane cumi n’ibiri, ayohereza muri buri muryango w’Abisiraheli.

30 Ababibonye bose baravuga bati: “Uhereye igihe Abisiraheli baviriye mu Misiri, ibi ntibyigeze bibaho! Nta wigeze abona ibintu nk’ibi! Ngaho nimubitekereze mujye inama, maze mugire icyo mubivugaho!”

Categories
Abacamanza

Abacamanza 20

Abisiraheli bitegura kurwana n’Ababenyamini

1 Abisiraheli bose bahuza umugambi bateranira imbere y’Inzu y’Uhoraho i Misipa. Bari baturutse mu gihugu cyose, uhereye i Dani ukageza i Bērisheba, ndetse no mu ntara ya Gileyadi.

2 Abayobozi bose b’imiryango y’Abisiraheli bari muri iryo koraniro ry’ubwoko bw’Imana. Bose bari abantu ibihumbi magana ane biteguye kujya ku rugamba.

3 Ababenyamini bumva ko Abisiraheli bateraniye i Misipa.

Nuko Abisiraheli baravuga bati: “Ngaho nimutubwire iby’ayo marorerwa!”

4 Nuko wa Mulevi, umugabo wa wa mugore wishwe rubi, arabasubiza ati: “Jye n’inshoreke yanjye twagiye gucumbika i Gibeya mu ntara y’Ababenyamini,

5 nuko abagabo baho barantera. Baje nijoro bagota inzu narimo bashaka kunyica, bonona inshoreke yanjye ikurizamo gupfa.

6 Nuko umurambo wayo nywucamo imigabane, nyohereza muri buri muryango w’Abisiraheli, kugira ngo namwe mwirebere amarorerwa n’ibizira byakorewe mu Bisiraheli.

7 Dore mwese muri Abisiraheli, ngaho nimujye inama y’igikwiriye gukorwa!”

8 Abantu bose bahagurukira icyarimwe baravuga bati: “Nta muntu n’umwe muri twe uri busubire iwe,

9 ahubwo tugiye gukoresha ubufindo turebe uko tuzatera Gibeya.

10 Mu miryango yose y’Abisiraheli, tuzatoranya abantu icumi ku ijana bazajya gushaka impamba zizatunga abazajya gutera Ababenyamini b’i Gibeya. Tuzabahanira amarorerwa bakoreye mu Bisiraheli.”

11 Nuko Abisiraheli bose bahuza umugambi wo gutera uwo mujyi.

12 Imiryango yose y’Abisiraheli yohereza intumwa ku Babenyamini, zirababwira ziti: “Amarorerwa yakorewe iwanyu ni bwoko ki?

13 Ngaho nimuduhe abo bagabo b’ibirara b’i Gibeya tubice, bityo tube dukuye ikibi mu Bisiraheli.” Ariko Ababenyamini ntibita ku byo abavandimwe babo b’Abisiraheli bavuga,

14 ahubwo bava mu mijyi yabo bateranira i Gibeya kugira ngo bajye kurwanya Abisiraheli.

15 Ababenyamini bose bavuye muri iyo mijyi, basanze ari ingabo ibihumbi makumyabiri na bitandatu, naho iz’i Gibeya zari abagabo b’indobanure magana arindwi.

16 Muri izo ngabo zose harimo magana arindwi b’indobanure batwariraga imoso, bazi no gukoresha umuhumetso ntibabe bahusha n’agasatsi.

17 Abandi Bisiraheli bari bakoranyije ingabo ibihumbi magana ane zimenyereye intambara.

Abisiraheli barwanya Ababenyamini

18 Nuko Abisiraheli barahaguruka bajya i Beteli kubaza Imana bati: “Ni uwuhe muryango uzabanza gutera Ababenyamini?”

Uhoraho arabasubiza ati: “Ni umuryango wa Yuda.”

19 Bukeye Abisiraheli barahaguruka, bashinga amahema yabo hafi y’i Gibeya.

20 Baragenda bagota umujyi batera Ababenyamini.

21 Nuko Ababenyamini basohoka muri uwo mujyi barwanya Abisiraheli, uwo munsi hapfa abantu ibihumbi makumyabiri na bibiri mu Bisiraheli.

22-23 Abisiraheli batakambiye Uhoraho bararira bageza nimugoroba, baramubaza bati: “Mbese twongere turwanye abavandimwe bacu b’Ababenyamini?”

Uhoraho arabasubiza ati: “Nimugende mubarwanye.”

Bukeye Abisiraheli bagira akanyabugabo, bongera gufata ibirindiro nk’ibyo ku munsi wa mbere,

24 batera Ababenyamini.

25 Nuko Ababenyamini basohoka mu mujyi wa Gibeya, bongera kubicamo ingabo ibihumbi cumi n’umunani.

26 Hanyuma ingabo zose z’Abisiraheli zirazamuka zijya ku Nzu y’Uhoraho i Beteli. Zirahicara, ziraboroga ziyiriza ubusa, zitambira Uhoraho ibitambo bikongorwa n’umuriro n’iby’umusangiro.

27 Abisiraheli bagisha Uhoraho inama, kuko muri iyo minsi Isanduku y’Isezerano ry’Imana yari aho i Beteli.

28 Icyo gihe Finehasi mwene Eleyazari akaba n’umwuzukuru wa Aroni, ni we wari ushinzwe iyo Sanduku. Nuko Abisiraheli babaza Uhoraho bati: “Mbese twongere tujye kurwana n’abavandimwe bacu b’Ababenyamini cyangwa se turekere aho?”

Uhoraho arabasubiza ati: “Nimuzamuke mubatere, kuko ejo nzababagabiza.”

29 Nuko Abisiraheli bubikīrira ahazengurutse Gibeya.

30 Ku munsi wa gatatu bongera gufata ibirindiro nk’ibyo ku minsi ya mbere.

31 Ababenyamini barasohoka bajya kurwana, Abisiraheli bahunga bagana mu nzira ijya i Beteli n’igana mu byaro. Ababenyamini barabakurikirana babageza kure y’i Gibeya, bongera kubicamo abantu mirongo itatu.

32 Ababenyamini baribwira bati: “Twongeye kubatsinda!” Nyamara Abisiraheli bo bari bafashe umugambi wo guhunga, kugira ngo bageze Ababenyamini mu mayira ya kure y’i Gibeya.

33-34 Nuko Abisiraheli ibihumbi icumi b’indobanure bari bubikīriye mu giteme cy’i Geba, baturumbuka aho bari bihishe batera i Gibeya. Abandi Bisiraheli uko bagahunze bahurira i Bāli-Tamari bahashinga ibirindiro. Barwana intambara y’inkundura, ariko Ababenyamini bo ntibamenye ko rubagera amajanja.

35 Uwo munsi Uhoraho aha Abisiraheli gutsinda Ababenyamini, bicamo ingabo ibihumbi makumyabiri na bitanu n’ijana.

36 Ubwo ni bwo Ababenyamini babonye ko batsinzwe.

Uko Abisiraheli batsinze

Impamvu Abisiraheli babaye nk’abahunga, ni uko bari biringiye abantu babo basigaye bubikīriye hafi y’i Gibeya.

37 Abo ngabo bahise biroha mu mujyi bawugwa gitumo, bamarira ku icumu abantu bawo.

38 Icyo gitero cyahise gitwika umujyi umwotsi uratumbagira, kuko ari cyo kimenyetso bari basezeranye na bagenzi babo.

39 Icyo gihe Ababenyamini bari bamaze kwica Abisiraheli nka mirongo itatu, baribwira bati: “N’ubu turabatsinze nk’uko twabatsinze ubushize.” Ariko Abisiraheli bari ku rugamba babonye umwotsi barabahindukirana.

40 Umwotsi wakomeje gutumbagira hejuru ya Gibeya umeze nk’igicu, maze Ababenyamini bakebutse, babona umujyi wabo wakongotse.

41 Nuko Abisiraheli barabarwanya, Ababenyamini bashya ubwoba kuko babonaga rubagera amajanja.

42 Nuko bahunga berekeje ahantu hadatuwe kuko abaturage bo mu mijyi babicaga umugenda, ariko ingabo z’Abisiraheli zakomeje kubarwanya.

43 Zarabatangatanze zibabuza amahwemo, zigenda zibica zibageza iburasirazuba bw’i Gibeya.

44 Haguye Ababenyamini ibihumbi cumi n’umunani b’intwari.

45 Abacitse ku icumu bahunga bagana ahantu hadatuwe ku rutare rwa Rimoni, bataragerayo Abisiraheli babicamo abantu ibihumbi bitanu, barabakurikirana babageza i Gidomu, bicirayo abandi ibihumbi bibiri.

46 Ababenyamini bishwe uwo munsi bari ibihumbi makumyabiri na bitanu, bose bari ingabo z’intwari.

47 Icyakora Ababenyamini magana atandatu bacitse ku icumu bahungira ahantu hadatuwe ku rutare rwa Rimoni, bamarayo amezi ane.

48 Abisiraheli bahindukirana Ababenyamini basigaye, bajya mu mijyi yose bica abantu n’amatungo, batsemba ibintu byose ndetse n’iyo mijyi yose barayitwika.