Categories
Abacamanza

Abacamanza 1

Abayuda n’Abasimeyoni bigarurira Bezeki

1 Dore ibyabayeho Yozuwe amaze gupfa.

Abisiraheli babajije Uhoraho bati: “Ni uwuhe muryango uzabanza gutera Abanyakanāni?”

2 Uhoraho arabasubiza ati: “Ni umuryango wa Yuda kandi nawugabije igihugu cyabo.”

3 Nuko Abayuda babwira bene wabo b’Abasimeyoni bati: “Nimudufashe turwanye Abanyakanāni tubirukane mu mugabane wacu, natwe tuzabafasha kubirukana mu wanyu.”

Nuko Abasimeyoni batabarana na bo,

4 Uhoraho abaha gutsinda Abanyakanāni n’Abaperizi, bageze i Bezeki bahica abantu ibihumbi icumi

5 b’Abanyakanāni n’Abaperizi. Muri uwo mujyi bahasanze Umwami Adoni-Bezeki baramurwanya,

6 arahunga bamwirukaho. Bamaze kumufata bamuca ibikumwe by’ibiganza n’iby’ibirenge.

7 Adoni-Bezeki aravuga ati: “Abami mirongo irindwi baciwe ibikumwe by’ibiganza n’iby’ibirenge, bajyaga batoragura ibyokurya byagwaga munsi y’ameza yanjye, none Imana inyituye ibyo nabakoreye!” Nuko bamujyana i Yeruzalemu agwayo.

Umuryango wa Yuda utsinda Yeruzalemu na Heburoni

8 Abayuda bateye na Yeruzalemu barayitsinda, abayituye babamarira ku icumu n’umujyi barawutwika.

9 Hanyuma Abayuda bajya kurwanya Abanyakanāni bari batuye mu misozi miremire, n’abo mu karere k’imisozi migufi n’abo mu majyepfo ya Kanāni.

10 Batera Abanyakanāni bari batuye i Heburoni, bahicira Sheshayi na Ahimani na Talumayi. Kera Heburoni yitwaga Kiriyati-Aruba.

Otiniyeli yigarurira umujyi wa Debiri

11 Abayuda bavuye aho bajya kurwanya abatuye umujyi wa Debiri, kera witwaga Kiriyati-Seferi.

12 Kalebu aratangaza ati: “Umuntu uzatera Kiriyati-Seferi akahigarurira, nzamushyingira umukobwa wanjye Akisa.”

13 Nuko Otiniyeli mwene Kenazi murumuna wa Kalebu yigarurira uwo mujyi, maze Kalebu amushyingira umukobwa we Akisa.

14 Bamaze gushyingiranwa, Akisa agira Otiniyeli inama yo gusaba se Kalebu umurima. Nuko Akisa ajya iwabo, acyururuka ku ndogobe, Kalebu amubaza icyo yifuza.

15 Akisa aramusubiza ati: “Ngirira ubuntu umpe amariba, kuko aho wampaye nta mazi ahari.” Kalebu amuha amariba yo haruguru n’ayo hepfo.

Abisiraheli batura imigabane yo mu majyepfo

16 Abakeni bakomoka kuri sebukwe wa Musa bazamukanye n’Abayuda bava i Yeriko umujyi w’imikindo, bajya gutura mu butayu bw’i Buyuda ho mu majyepfo ya Aradi, baturana n’abaturage baho.

17 Abayuda na bene wabo b’Abasimeyoni batera Abanyakanāni batuye mu mujyi wa Sefati barawurimbura, ni ko kuhita Horuma.

18 Bigaruriye umujyi wa Gaza n’uwa Ashikeloni, n’uwa Ekuronihamwe n’intara zayo.

19 Uhoraho yabahaye kwigarurira akarere k’imisozi miremire, nyamara ntibashoboye kwirukana abari batuye mu bibaya, kubera ko bari bafite amagare y’intambara acuzwe mu byuma.

20 Nuko bakurikije uko Musa yabitegetse baha Kalebu umujyi wa Heburoni, ahamenesha Abanaki batatu.

21 Ababenyamini bo ntibashoboye kumenesha Abayebuzi bari batuye i Yeruzalemu, ku buryo bagituranye na bo kugeza n’ubu.

Abefurayimu n’Abamanase bigarurira Beteli

22 Abakomoka kuri Yozefu na bo barazamuka batera umujyi wa Beteli, kandi Uhoraho yari kumwe na bo.

23 Babanza kohereza abo gutata Beteli. Uwo mujyi kera witwaga Luzi.

24 Abo batasi babonye umugabo usohoka mu mujyi, baramubwira bati: “Twereke aho twakwinjirira muri uyu mujyi, natwe nta cyo tuzagutwara.”

25 Nuko arahabereka. Bityo abakomoka kuri Yozefu bamarira ku icumu abantu bose bo muri uwo mujyi, ariko wa mugabo n’abo mu muryango we bose barabareka barigendera.

26 Hanyuma uwo mugabo ajya mu gihugu cy’Abaheti ahubaka umujyi awita Luzi, ari na ko witwa kugeza n’ubu.

Abantu batirukanywe n’Abisiraheli

27 Abamanase ntibashoboye kumenesha abaturage b’i Betishani n’ab’i Tānaki n’ab’i Dori, n’ab’i Yibuleyamu n’ab’i Megido, habe n’abo mu midugudu ikikije iyo mijyi. Ni cyo cyatumye Abanyakanāni bakomeza gutura muri ako karere.

28 Abisiraheli bamaze gukomera bakoresheje Abanyakanāni imirimo y’agahato, ariko ntibashobora kubamenesha.

29 Abefurayimu ntibashoboye kumenesha Abanyakanāni bari batuye i Gezeri. Ni cyo cyatumye Abanyakanāni bakomeza gutura i Gezeri mu ntara y’Abefurayimu.

30 Abazabuloni ntibashoboye kumenesha Abanyakanāni bari batuye i Kitironi n’i Nahalali, ahubwo bakomeje gutura mu ntara y’Abazabuloni bagakora imirimo y’agahato.

31 Abashēri ntibashoboye kumenesha abaturage ba Ako n’ab’i Sidoni n’aba Ahilabu n’aba Akizibu, n’ab’i Heliba n’aba Afeki n’ab’i Rehobu.

32 Abashēri baturanye n’Abanyakanāni bari bahasanzwe, kuko batashoboye kubamenesha.

33 Abanafutali ntibashoboye kumenesha Abanyakanāni bari batuye i Beti-Shemeshi n’i Betanati, ahubwo bakomeje gutura muri iyo mijyi mu ntara y’Abanafutali bagakora imirimo y’agahato.

34 Abamori bahejeje Abadani mu karere k’imisozi miremire, ntibabakundira kumanuka kugira ngo begere ikibaya.

35 Abamori biyemeje no gukomeza gutura Ayaloni n’i Shālabimu, no ku musozi wa Heresi. Abakomoka kuri Yozefu bamaze kubarusha amaboko, babakoresha imirimo y’agahato.

36 Umupaka w’igihugu cy’Abamori watangiriraga ku musozi wa Akurabimu uhereye ku rutare, ugakomeza mu majyaruguru.

Categories
Abacamanza

Abacamanza 2

Uhoraho acyaha Abisiraheli

1 Umumarayika w’Uhoraho yavuye i Gilugali ajya i Bokimu, abwira Abisiraheli ati: “Nabavanye mu Misiri mbazana mu gihugu narahiriye guha ba sokuruza. Narababwiye nti: ‘Sinzigera nica amasezerano twagiranye.

2 Namwe ntimuzagirane amasezerano n’abatuye muri iki gihugu, ahubwo muzasenye intambiro zabo.’ Nyamara ntabwo mwanyumviye! Ni iki cyatumye mukora mutyo?

3 None rero aba bantu sinzabirukana muri mwe, ahubwo bazahinduka abanzi banyu kandi imana zabo zizababera umutego.”

4 Umumarayika w’Uhoraho amaze kuvuga ayo magambo, Abisiraheli bose bararira bacura umuborogo.

5 Aho hantu bahita Bokimu, kandi bahatambirira Uhoraho ibitambo.

Urupfu rwa Yozuwe

6 Nuko Yozuwe asezerera Abisiraheli bose, bajya kwigarurira imigabane bahawe.

7 Abantu bayobotse Uhoraho iminsi yose Yozuwe yari akiriho, no mu gihe cyose cy’abakuru bari barabonye ibintu bikomeye Uhoraho yakoreye Abisiraheli.

8 Yozuwe mwene Nuni akaba n’umugaragu w’Uhoraho, apfa amaze imyaka ijana na cumi avutse.

9 Bamuhamba mu isambu ye i Timunati-Heresi mu misozi y’Abefurayimu, mu majyaruguru y’umusozi wa Gāshi.

10 Abantu babyirutse muri icyo gihe na bo barapfa, ababyirutse nyuma ntibigeze bamenya Uhoraho n’ibyiza yakoreye Abisiraheli.

Abisiraheli bimūra Uhoraho

11 Abisiraheli bacumuye ku Uhoraho, batangira kuyoboka za Bāli.

12 Bimūye Uhoraho Imana ya ba sekuruza wabavanye mu Misiri, bayoboka imana z’amahanga abakikije baraziramya, birakaza Uhoraho.

13 Koko bimūye Uhoraho bayoboka Bāli na za Ashitaroti.

14 Nuko Uhoraho arakarira Abisiraheli abateza abanyazi barabasahura, abagabiza n’abanzi babakikije, ntibaba bagishoboye guhangana na bo.

15 Iyo Abisiraheli bajyaga ku rugamba, Uhoraho yarabarekaga bagatsindwa nk’uko yari yarababwiye kandi akabirahirira. Uhoraho yabateje akaga gakomeye.

16 Hanyuma Uhoraho yabashyiriyeho abarengezibo kubakiza abanzi babanyagaga ibyabo.

17 Icyakora Abisiraheli ntibumviye abo barengezi, ahubwo bayobotse izindi mana baraziramya. Ntibatinze guteshuka imigenzereze ya ba sekuruza, ntibakurikiza amabwiriza y’Uhoraho.

18 Nuko abanzi babo bakabakandamiza kandi bakabatoteza, Uhoraho akumva gutaka kwabo akabagirira impuhwe, akabashyiriraho umurengezi. Yaramwunganiraga agakiza Abisiraheli abanzi babo igihe cyose uwo murengezi yabaga akiriho.

19 Nyamara iyo umurengezi yapfaga, barongeraga bagasubira mu bibi birenze ibya ba sekuruza. Bayobokaga izindi mana bakaziramya. Ntabwo bigeze bareka gukora ibibi no kutava ku izima.

20 Ni cyo cyatumye Uhoraho abarakarira aravuga ati: “Aba bantu bishe Isezerano nagiranye na ba sekuruza, kandi ntibanyumvira.

21 Nanjye sinzongera kwirukana umuntu n’umwe wo mu mahanga Yozuwe yasize mu gihugu atarapfa.

22 Ayo mahanga ni yo nzakoresha ngerageza Abisiraheli, kugira ngo ndebe ko bakora ibyo nshaka nk’uko ba sekuruza bagenzaga, cyangwa ko batabikora.”

23 Ni yo mpamvu Uhoraho yaretse ayo mahanga ntayameneshe huti huti, kandi ntayagabize Yozuwe.

Categories
Abacamanza

Abacamanza 3

Amahanga yasigaye mu gihugu

1 Hari amahanga Uhoraho yaretse kugira ngo ayakoreshe, agerageza Abisiraheli bose batarwanye intambara zo kwigarurira Kanāni.

2 Ibyo yabikoreye kugira ngo Abisiraheli batigeze bajya ku rugamba bimenyereze intambara.

3 Abo Uhoraho yaretse ni abami batanu bategekaga Abafilisiti, n’Abanyakanāni bose, n’Abanyasidoni n’Abahivi batuye mu bisi bya Libani, uhereye ku musozi wa Bāli-Herumoni ukageza i Lebo-Hamati.

4 Icyatumye abareka kwari ukugira ngo abakoreshe agerageza Abisiraheli, kugira ngo arebe ko bumvira amabwiriza ye Musa yagejeje kuri ba sekuruza.

5 Bityo Abisiraheli baturana n’Abanyakanāni n’Abaheti n’Abamori, n’Abaperizi n’Abahivi n’Abayebuzi.

6 Abisiraheli bashyingiranye n’abantu bo muri ayo mahanga kandi bayoboka imana zabo.

Otiniyeli

7 Abisiraheli bacumuye ku Uhoraho Imana yabo baramwimūra, bayoboka za Bāli na za Ashera.

8 Uhoraho arabarakarira abagabiza Kushani-Rishatayimu, umwami wa Mezopotamiya. Uwo mwami abategeka imyaka umunani.

9 Abisiraheli batakambira Uhoraho maze abashyiriraho umuntu wo kubakiza. Uwo ni Otiniyelimwene Kenazi murumuna wa Kalebu.

10 Mwuka w’Uhoraho amuzaho, aba umurengezi w’Abisiraheli. Otiniyeli atera Kushani-Rishatayimu umwami wa Mezopotamiya, maze Uhoraho amuha kumutsinda.

11 Igihugu cyamaze imyaka mirongo ine mu mutekano, hanyuma Otiniyeli mwene Kenazi arapfa.

Ehudi

12 Abisiraheli bongeye gucumura ku Uhoraho, bituma abagabiza Eguloni umwami wa Mowabu.

13 Eguloni yishyize hamwe n’Abamoni n’Abamaleki, batera Abisiraheli. Barabatsinze bigarurira Yeriko umujyi w’imikindo.

14 Nuko Abisiraheli bategekwa na Eguloni umwami wa Mowabu imyaka cumi n’umunani.

15 Abisiraheli batakambira Uhoraho, abashyiriraho umuntu wo kubakiza. Uwo ni Ehudi mwene Gera wo mu muryango wa Benyamini. Ehudi uwo yatwariraga imoso. Nuko Abisiraheli bamuha amaturo kugira ngo ajye kubahakirwa kuri Eguloni umwami wa Mowabu.

16 Maze Ehudi acurisha inkota ifite uburebure bwa santimetero mirongo ine n’eshanu, ayambara ku itako ry’iburyo ayikenyereraho.

17 Ya maturo ayashyīra Eguloni umwami wa Mowabu, wari umugabo ubyibushye cyane.

18 Amaze kuyamushyikiriza, we n’abari bayamutwaje barasezera.

19 Ngo bagere i Gilugali aho bacukura amabuye, Ehudi asubira ibwami. Agezeyo abwira umwami ati: “Nyagasani, ngufitiye ubutumwa ngomba kukubwira twiherereye.” Nuko umwami ahēza abo bari kumwe, bose baherako barasohoka.

20 Igihe umwami yari asigaye wenyine mu cyumba gifutse cy’igorofa yo hejuru, Ehudi aramwegera aramubwira ati: “Hari icyo Imana yantumye nifuza kukugezaho.” Umwami ngo abyumve arahaguruka.

21 Nuko Ehudi akura ya nkota ku itako ry’iburyo abikoresheje ukuboko kw’ibumoso, ayitikura umwami mu nda.

22 Inkota uko yakabaye ndetse n’ikirindi, irigita mu binure iramuhinguranya, Ehudi ntiyarushya ayimukuramo.

23 Ehudi arasohoka afungisha umuryango urufunguzo, anyura ku ibaraza ry’inyuma, arigendera.

24 Amaze kugenda abagaragu b’umwami bagaruka ku cyumba gifutse cy’igorofa yo hejuru, basanga umuryango ufunze. Baribwira bati: “Ahari umwami yaba yagiye kwituma.”

25 Bategereza umwanya munini cyane, batangazwa no kubona amaze icyo gihe cyose atarakingura. Barambiwe bafata urufunguzo barakingura, bageze mu cyumba basanga shebuja arambaraye hasi yapfuye.

26 Igihe bari bagitegereje, Ehudi yarihungiye anyura ha hantu bacukura amabuye, acikira i Seyira.

27 Ageze mu misozi y’Abefurayimu avuza ihembe, maze Abisiraheli bakoranira hamwe, amanukana na bo abarangaje imbere.

28 Ehudi arababwira ati: “Nimunkurikire dutere abanzi banyu b’Abamowabu, kuko Uhoraho yababagabije.” Baramukurikira baramanuka, bigarurira ibyambu bya Yorodani biteganye na Mowabu, ntibagira umuntu n’umwe bemerera kwambuka.

29 Uwo munsi bica Abamowabu ibihumbi icumi, abagabo b’ibihangange kandi b’intwari, ntihagira n’umwe ucika ku icumu.

30 Uwo munsi Abisiraheli batsinda Abamowabu, maze igihugu kimara imyaka mirongo inani mu mutekano.

Shamugari

31 Uwakurikiye Ehudi ni Shamugari mwene Anati. Yicishije igihosho Abafilisiti magana atandatu, akiza Abisiraheli.

Categories
Abacamanza

Abacamanza 4

Debora na Baraki

1 Ehudi amaze gupfa, Abisiraheli bongera gucumura ku Uhoraho.

2 Nuko abagabiza Yabini umwami w’Umunyakanāni wari utuye mu mujyi wa Hasori. Umugaba w’ingabo ze witwaga Sisera, we yabaga i Harosheti-Goyimu.

3 Yabini yari afite amagare y’intambara magana cyenda acuzwe mu byuma. Yamaze imyaka makumyabiri ategekesha Abisiraheli igitugu n’urugomo, nuko Abisiraheli batakambira Uhoraho.

4 Icyo gihe umuhanuzikazi Debora muka Lapidoti, ni we waciraga Abisiraheli imanza.

5 Abantu bamusangaga munsi y’igiti cy’umukindo kugira ngo abakemurire ibibazo. Icyo giti cyitwaga umukindo wa Debora, cyari hagati ya Rama na Beteli mu misozi y’Abefurayimu.

6 Umunsi umwe atumira Baraki mwene Abinowamu w’i Kedeshi yo mu ntara ya Nafutali, aramubwira ati: “Uhoraho Imana y’Abisiraheli arategetse ngo ‘Toranya abantu ibihumbi icumi mu muryango wa Nafutali n’uwa Zabuloni, maze ubajyane ku musozi wa Taboru.

7 Nanjye nzatuma Sisera umugaba w’ingabo za Yabini agusanga ku mugezi wa Kishoni. Nubwo azaba afite amagare n’ingabo nyinshi, nzamukugabiza umutsinde.’ ”

8 Nuko Baraki asubiza Debora ati: “Nzajyayo niwemera ko tujyana, nutemera sinzajyayo.”

9 Debora aramubwira ati: “Ndabyemeye turajyana, ariko umenye yuko atari wowe uzashimirwa ugutsinda kwacu, kuko Uhoraho azatanga Sisera kugira ngo yicwe n’umugore.” Nuko Debora arahaguruka ajyana na Baraki i Kedeshi.

10 Baraki ahamagaza ab’umuryango wa Zabuloni n’uwa Nafutali kugira ngo bakoranire i Kedeshi, maze abantu ibihumbi icumi baramukurikira, na Debora ajyana na bo.

11 Icyo gihe Heberi w’Umukeni yari akambitse mu ihema rye iruhande rw’igiti cy’inganzamarumbu, i Sanayimu hafi y’i Kedeshi. Yari yaritaruye abandi Bakeni bakomoka kuri Hobabu muramuwa Musa.

12 Sisera yumvise ko Baraki mwene Abinowamu ageze ku musozi wa Taboru,

13 akoranya ya magare ye magana cyenda n’ingabo ze zose, bava i Harosheti-Goyimu bajya ku mugezi wa Kishoni.

14 Debora abwira Baraki ati: “Haguruka ugende dore Uhoraho akurangaje imbere, kugira ngo uyu munsi akugabize Sisera umutsinde.” Nuko Baraki n’ingabo ze ibihumbi icumi bamanuka umusozi wa Taboru,

15 batera Sisera n’amagare ye n’ingabo ze. Uhoraho aha Abisiraheli kuzica ariko Sisera we ava mu igare, amaguru ayabangira ingata arahunga.

16 Baraki akurikira ingabo za Sisera n’amagare yazo, azigeza i Harosheti-Goyimu. Abisiraheli bamarira ku icumu ingabo zose za Sisera, ntiharokoka n’umwe.

17 Sisera uko yagahunze yiruka agana ku ihema rya Yayeli muka Heberi w’Umukeni, kubera ko Yabini umwami w’i Hasori yari incuti y’umuryango wa Heberi.

18 Nuko Yayeli ajya gusanganira Sisera aramubwira ati: “Mutware, injira witinya, ngwino mu ihema ryanjye.” Nuko Sisera yinjira mu ihema, Yayeli amworosa ikiringiti.

19 Sisera aramubwira ati: “Ntiwampa utuzi two kunywa ko inyota inyishe!” Nuko Yayeli apfundura icyansi amuha amata aranywa, arongera aramworosa.

20 Sisera aramubwira ati: “Ihagararire ku muryango w’ihema, maze nihagira ukubaza ati: ‘Mbese hari umuntu uri hano?’, umubwire uti: ‘Nta we!’ ”

21 Sisera yari yarushye arasinzira cyane. Nuko Yayeli muka Heberi afata inyundo n’urubambo rw’ihema, aromboka arumushimangira muri nyiramivumbi rurigita mu butaka, Sisera ahita apfa.

22 Muri ako kanya Baraki aba atungutse ashaka Sisera. Yayeli ajya kumusanganira aramubwira ati: “Ngwino nkwereke umuntu ushaka!” Nuko Baraki yinjirana na we, abona umurambo wa Sisera urambitse aho n’urubambo rukimushise muri nyiramivumbi.

23 Uwo munsi Imana iha Abisiraheli gucogoza Yabini umwami w’Umunyakanāni,

24 bakomeza kugira amaboko baramurwanya kugeza ubwo bamutsinze burundu.

Categories
Abacamanza

Abacamanza 5

Indirimbo ya Debora na Baraki

1 Uwo munsi Debora na Baraki mwene Abinowamu baririmbye iyi ndirimbo:

2 Abisiraheli biyemeje kurwana,

rubanda barabyitabīra,

nimushime Uhoraho.

3 Yemwe bami, nimwumve,

namwe bategetsi, nimutege amatwi.

Ngiye kuririmbira Uhoraho,

ngiye gusingiza Uhoraho Imana y’Abisiraheli.

4 Uhoraho, wavuye mu misozi ya Seyiri,

waturutse muri icyo gihugu cya Edomu,

isi yaratingise, ibicu birakorakorana imvura iragwa.

5 Uhoraho, wateye imisozi gutingita,

Sinayi na yo yaratingise imbere yawe, Uhoraho Imana y’Abisiraheli.

6 Mu gihe cya Shamugari mwene Anati amayira ntiyari akigendwa,

mu gihe cya Yayeli abagenzi banyuraga mu tuyira tuziguye.

7 Imidugudu y’Abisiraheli ntiyari igituwe,

ntiyari igituwe kugeza ubwo jyewe Debora nahagurutse,

mpaguruka ndi umubyeyi mu Bisiraheli.

8 Abisiraheli bihitiyemo imana z’inzaduka,

intambara irabugariza,

nyamara mu bantu ibihumbi mirongo ine, nta n’umwe wari ukigira ingabo cyangwa icumu.

9 Nishimira abatware b’Abisiraheli,

nishimira abantu bitabiriye urugamba.

Nimushime Uhoraho.

10 Yemwe abagendera ku ndogobe z’umweru,

yemwe abicara ku birago by’abakire,

namwe abagenda mu mayira nimwibaze.

11 Nimwumve ibyo abavomyi bavugira ku mariba,

baravuga ibigwi by’Uhoraho,

baravuga ibigwi bye mu Bisiraheli,

baravuga uko ingabo ze zamanutse zigana amarembo y’umujyi.

12 Kanguka, kanguka, Debora we!

Kanguka, kanguka, utere indirimbo!

Haguruka nawe Baraki mwene Abinowamu!

Ugende ugarukane imbohe z’intambara.

13 Abacitse ku icumu baramanutse basanga abanyacyubahiro,

ingabo z’Uhoraho zamanutse gitwari zimusanga.

14 Abefurayimu bari batsinze Abamaleki baramanutse,

Ababenyamini bakurikiyeho bifatanya na bo,

abatware baturutse mu bakomoka kuri Makiri,

abagaba b’ingabo baturutse mu Bazabuloni.

15 Abatware b’Abisakari bazanye na Debora,

Abisakari bandi bakurikiye Baraki,

barirukanse bamusanga mu kibaya.

Amazu y’Abarubeni yo yananiwe gufata ibyemezo.

16 Kuki bigumiye mu bikumba by’intama?

Mbese bahugijwe n’urusaku rw’amatungo?

Koko amazu y’Abarubeni yananiwe gufata ibyemezo.

17 Abanyagileyadi bigumiye hakurya ya Yorodani!

Abadani kuki bigumiye mu mato?

Abashēri ntibatirimutse ku nkombe y’inyanja,

bigumiye hafi y’ibyambu.

18 Abazabuloni babaye ibiharamagara,

Abanafutali na bo ntibatinye aho rukomeye.

19 Abami b’i Kanāni baraje bararwana,

baturwanyirije i Tānaki hafi y’umugezi w’i Megido,

nyamara nta minyago bajyanye.

20 Inyenyeri zo mu kirere zaraturwaniriye,

zarwanyije Sisera zitavuye mu byimbo.

21 Umugezi wa Kishoni warabahururanye,

wa mugezi wahoze utemba kuva kera.

Reka nkomeze gitwari nsatira urugamba!

22 Umva umuvuduko w’amafarasi yabo,

arasibana ahungana abayariho!

23 Umumarayika w’Uhoraho aravuze ati:

“Nimuvume umujyi wa Merozi,

nimuvume n’abawutuyemo,

ntabwo batabaye Uhoraho,

nta n’ubwo bagobotse abamurwanirira!”

24 Nasingizwe Yayeli muka Heberi w’Umukeni,

nasingizwe kurusha abandi bagore,

nasingizwe kurusha abagore bose baba mu mahema.

25 Sisera yamusabye amazi amuha amata,

amuzanira ikivuguto mu nkongoro ya gipfura.

26 Arambura ukuboko afata urubambo,

ukw’indyo kuba kwasingiriye inyundo!

Arushinga Sisera amumena umutwe,

urubambo rutobora nyiramivumbi rurayihinguranya.

27 Sisera arasambagurika amugwa ku birenge,

yigaragura hasi imbere ye,

arasambagurika amugwa ku birenge,

aho yari aryamye ni ho yapfiriye!

28 Kwa Sisera, nyina arungurukira mu idirishya,

avuga ijwi rirenga agira ati:

“Kuki igare rye ritinze kugaruka?

Kuki amagare ye adatebuka?”

29 Abategarugori b’inararibonye bari kumwe baramuhumuriza,

na we asubira mu byo bavuze agira ati:

30 “Ni koko, babonye iminyago baracyayigabana!

Umusirikari wese arajyana umukobwa umwe cyangwa babiri.

Sisera we arazana imyenda y’amabara,

aranzanira imyenda ifumishijwe amabara yo kwambara mu ijosi.”

31 Uhoraho, abanzi bawe bose baragapfa urwa Sisera,

naho abakunzi bawe bamere nk’izuba rirashe!

Nuko igihugu kimara imyaka mirongo ine mu mutekano.

Categories
Abacamanza

Abacamanza 6

Abamidiyani bakandamiza Abisiraheli

1 Abisiraheli bongeye gucumura ku Uhoraho abagabiza Abamidiyani, bababuza amahoro imyaka irindwi.

2 Abamidiyani barabakandamije kugeza ubwo Abisiraheli bateganya aho bahungira mu misozi, mu buvumo n’ahandi hirengeye.

3 Igihe Abisiraheli babaga bamaze gutera imyaka, Abamidiyani bazanaga n’Abamaleki n’andi moko y’iburasirazuba bakabatera.

4 Barazaga bagashinga amahema hirya no hino mu gihugu, bakangiza imyaka kugeza i Gaza. Banyagaga amatungo yose, intama n’inka n’indogobe, Abisiraheli bagasigara iheruheru.

5 Abamidiyani bazanaga ingamiya zabo zitabarika n’andi matungo n’amahema, bakaza ari benshi nk’inzige bakayogoza igihugu.

6 Ibyo bikorwa by’Abamidiyani byazonze Abisiraheli, maze batakambira Uhoraho.

7 Ubwo batakambiye Uhoraho kugira ngo abakize Abamidiyani,

8 yaboherereje umuhanuzi arababwira ati: “Uhoraho Imana y’Abisiraheli aravuze ati: ‘Nabakuye mu Misiri aho mwari inkoreragahato,

9 mbakiza Abanyamisiri. Nabakijije n’ababakandamizaga bose ndabamenesha, mbaha igihugu cyabo.

10 Nababwiye ko ndi Uhoraho Imana yanyu, mbabuza no kuramya imana z’Abamori bahoze batuye muri iki gihugu cyanyu. Nyamara mwanze kunyumvira.’ ”

Gideyoni abonekerwa n’Umumarayika w’Uhoraho

11 Umumarayika ‘Uhoraho aza Ofura, yicara munsi y’igiti cy’inganzamarumbu cyari mu isambu ya Yowashi ukomoka kuri Abiyezeri. Umuhungu wa Yowashi witwaga Gideyoni yahuraga ingano aho bengera imizabibu kugira ngo azihishe Abamidiyani.

12 Nuko wa Mumarayika w’Uhoraho aramubonekera, aramubwira ati: “Wa ntwari ku rugamba we, Uhoraho ari kumwe nawe!”

13 Gideyoni aramubwira ati: “Ariko se databuja, iyo Uhoraho aza kuba hamwe natwe, ibi byose biba byaratubayeho? Ese ibitangaza bye ba sogokuruza baturatiraga byagiye he? Batubwiraga uko yabakuye mu Misiri, none twe yaradutaye atugabiza Abamidiyani!”

14 Nuko Uhoraho arahindukira aramubwira ati: “Genda ukoreshe imbaraga ufite, ukize Abisiraheli Abamidiyani. Ni jyewe ugutumye.”

15 Nuko Gideyoni aramusubiza ati: “Ariko se databuja, Abisiraheli nzabakiza nte? Inzu yacu ni yo isuzuguritse mu muryango wa Manase, kandi no mu rugo rwa data ni jye muto!”

16 Uhoraho aramubwira ati: “Humura ndi kumwe nawe, uzatsinda Abamidiyani nk’utsinda umuntu umwe!”

17 Gideyoni aramusubiza ati: “Niba koko nakugizeho ubutoni, umpe ikimenyetso kigaragaza ko uwo tuvugana ari Uhoraho.

18 None nyamuneka, ntuve aha ntarakuzanira ituro.”

Uhoraho aramusubiza ati: “Ndahaguma kugeza ubwo ugaruka.”

19 Nuko Gideyoni aragenda abaga ishashi y’ihene, afata n’ibiro icumi by’ifu akora imigati idasembuye. Inyama azishyira ku nkōko, umufa awushyira mu cyungo, maze abishyīra Umumarayika munsi y’igiti cy’inganzamarumbu.

20 Umumarayika w’Imana aramubwira ati: “Shyira inyama n’imigati idasembuye kuri uru rutare, ubisukeho uwo mufa.” Gideyoni abigenza atyo.

21 Umumarayika w’Uhoraho akoza umutwe w’inkoni yari yitwaje kuri za nyama na ya migati, maze umuriro uva mu rutare urabikongora. Wa Mumarayika ahita abura.

22 Nuko Gideyoni amenya ko yari kumwe n’Umumarayika w’Uhoraho, ni ko kuvuga ati: “Ayiwe we! Nyagasani Uhoraho, nabonye Umumarayika wawe imbonankubone!”

23 Uhoraho aramubwira ati: “Humura, witinya ntabwo uri bupfe.”

24 Aho ngaho Gideyoni ahubakira Uhoraho urutambiro, arwita “Uhoraho ni we utanga ihumure.” Kugeza n’ubu urwo rutambiro ruracyari Ofura, ahatuwe n’abakomoka kuri Abiyezeri.

Gideyoni asenya urutambiro rwa Bāli

25 Iryo joro Uhoraho abwira Gideyoni ati: “Fata impfizi y’ubuheta ya so imaze imyaka irindwi, hanyuma usenye urutambiro so yubakiye Bāli, utemagure n’ishusho y’ikigirwamanakazi Ashera ishinze iruhande rwarwo.

26 Naho jyewe Uhoraho Imana yawe, unyubakire urutambiro rutunganye hariya hantu hirengeye, utambireho ya mpfizi ibe igitambo gikongorwa n’umuriro, kandi ugitwikishe inkwi washije kuri ya shusho ya Ashera.”

27 Nuko Gideyoni ajyana n’abantu icumi bo mu bagaragu be, akora nk’uko Uhoraho yamubwiye. Ariko yabikoze nijoro kubera ko yatinyaga bene wabo n’abatuye uwo mujyi.

28 Bukeye abatuye uwo mujyi babyutse, basanga urutambiro rwa Bāli rwasenyutse n’ishusho ya Ashera yatemaguwe, basanga hubatswe urundi rutambiro rwatambiweho ya mpfizi y’ubuheta.

29 Nuko barabazanya bati: “Ibi byakozwe na nde?” Bamaze kubaririza no gushakisha, bamenya ko ari Gideyoni mwene Yowashi wabikoze.

30 Nuko babwira Yowashi bati: “Sohora umuhungu wawe tumwice kuko yasenye urutambiro rwa Bāli, kandi agatemagura ishusho ya Ashera yari iruhande rwarwo.”

31 Ariko Yowashi abwira abo bantu bose bari bamuhagurukiye ati: “Mbese ni mwe muburanira Bāli? Ni mwe muri buyirengere? Uri buyiburanire wese, ntibuze gucya bataramwica! Niba Bāli ari imana nimureke yiburanire, kuko urutambiro rwayo ari rwo rwasenywe.”

32 Uhereye icyo gihe Gideyoni bamuhimba Yerubāli, kuko Yowashi yavuze ati: “Nimureke Bāli yiburanire, kuko urutambiro rwayo ari rwo rwasenywe.”

Gideyoni asaba Imana icyemezo

33 Abamidiyani bose n’Abamaleki hamwe n’andi moko y’iburasirazuba bwa Yorodani bakoranira hamwe, barambuka bashinga amahema yabo mu kibaya cya Yezerēli.

34 Nuko Mwuka w’Uhoraho aza kuri Gideyoni, maze Gideyoni avuza ihembe ryo guhamagara abakomoka kuri Abiyezeri ngo bamukurikire.

35 Yohereza intumwa no ku bandi Bamanase bose kugira ngo bamutabare, atuma no ku Bashēri no ku Bazabuloni no ku Banafutali, baraza bifatanya na bo.

36 Nuko Gideyoni abwira Imana ati: “Wavuze ko ari jye uzakirisha Abisiraheli, none ngusabye icyabinyemeza.

37 Ngiye kurambika uruhu rw’intama rufite ubwoya bwinshi kuri iyi mbuga, nibucya ikime gitonze ku ruhu honyine ahandi hose harukikije humutse, nzamenya ko ari jye uzakirisha Abisiraheli nk’uko wabivuze.”

38 Uko Gideyoni yabisabye ni ko byagenze. Yarazindutse akamura rwa ruhu, amazi y’ikime aruvuyemo yuzura urwabya.

39 Nuko Gideyoni abwira Imana ati: “Ntundakarire, ureke nongere nsabe icyemezo kimwe gusa. Noneho ubutaka bube ari bwo butota, naho uruhu rwumuke.”

40 Muri iryo joro na bwo Imana ibigenza nk’uko Gideyoni yabisabye. Uruhu rwonyine rwari rwumutse, naho ubutaka bwose burukikije bwatoteshejwe n’ikime.

Categories
Abacamanza

Abacamanza 7

Uhoraho agabanya ingabo za Gideyoni

1 Bukeye Yerubāli ari we Gideyoni hamwe n’abantu bose bari kumwe, bazinduka bajya gushinga amahema iruhande rw’isōko y’i Harodi. Icyo gihe ingabo z’Abamidiyani zari mu majyaruguru yaho, mu kibaya hafi y’umusozi wa More.

2 Uhoraho abwira Gideyoni ati: “Ingabo muri kumwe ni nyinshi cyane, bityo sinatuma mutsinda Abamidiyani, Abisiraheli batazava aho birata ko ari bo batsinze.

3 None utangarize ingabo uti: ‘Ufite ubwoba akaba adagadwa, ave kuri uyu musozi wa Gilibowayisubirire iwe.’ ” Nuko abantu ibihumbi makumyabiri na bibiri baritahira, hasigara ibihumbi icumi.

4 Uhoraho abwira Gideyoni ati: “Ingabo ziracyari nyinshi. Noneho umanukane na zo mujye ku isōko nzikurobanurire. Uwo nkubwira nti: ‘Jyana n’uyu’, mujyane. Naho uwo nkubwira nti: ‘Uyu mwijyana’, ntimujyane.”

5 Nuko Gideyoni amanukana n’ingabo bajya ku isōko, maze Uhoraho aramubwira ati: “Abantu bose bari buyore amazi ku mashyi bayajabagira nk’imbwa, ubatandukanye n’abari bunywe amazi bapfukamye.”

6 Nuko abanywesheje amazi amashyi bayajabagira baba abantu magana atatu, abandi bose basigaye banyoye amazi bapfukamye.

7 Uhoraho abwira Gideyoni ati: “Ndabakirisha bariya bantu magana atatu banywesheje amashyi, kandi ndakugabiza Abamidiyani. Naho abandi bose nibitahire.”

8 Nuko Gideyoni arabasezerera barataha, agumana ba bandi magana atatu bonyine, basigarana impamba n’amahembe by’abari batabaye bose. Ubwo ingabo z’Abamidiyani zari zikambitse mu kibaya hepfo yabo.

Uhoraho yemeza Gideyoni ko ari butsinde

9 Iryo joro Uhoraho abwira Gideyoni ati: “Haguruka ujye gutera inkambi y’Abamidiyani, kuko nabakugabije.

10 Nyamara niba ufite ubwoba ujyaneyo n’umugaragu wawe Pura,

11 wumve ibyo bavuga bigutere ubutwari bwo kubatera.” Nuko amanukana n’umugaragu we Pura, bagera ku ngabo za mbere zirinze inkambi.

12 Abamidiyani n’Abamaleki n’andi moko y’iburasirazuba bwa Yorodani, bari bagandagaje mu kibaya ari benshi nk’inzige, kandi bari bafite n’ingamiya zitabarika, nyinshi nk’umusenyi wo ku nyanja.

13 Gideyoni ahageze, yumva umuntu arotorera mugenzi we inzozi yarose. Yaramubwiraga ati: “Narose irobe ry’umugati w’ingano za bushoki ryihirika mu nkambi yacu, nuko ryikubita ku ihema, riratembagara rirahirima.”

14 Mugenzi we aramusubiza ati: “Erega izo nzozi nta kindi zivuga kitari Gideyoni mwene Yowashi w’Umwisiraheli, ugiye kutumarira ku icumu! Imana yamugabije Abamidiyani n’abandi bari mu nkambi bose.”

15 Gideyoni amaze kumva izo nzozi n’uko zasobanuwe, arapfukama ashimira Uhoraho. Hanyuma asubira mu nkambi y’Abisiraheli, arababwira ati: “Nimuhaguruke kuko Uhoraho abagabije Abamidiyani.”

Abisiraheli batsinda Abamidiyani

16 Nuko ba bantu magana atatu abagabanyamo amatsinda atatu, aha buri muntu ihembe n’ikibindi kirimo ifumba.

17 Arababwira ati: “Muze kureba aho ndi bube ndi iruhande rw’inkambi y’Abamidiyani, maze icyo nkora mukore icyo.

18 Jyewe n’abo turi kumwe nituvuza amahembe, namwe uko mugose inkambi muvuze ayanyu, ndetse muvuge muranguruye muti: ‘Turwanirire Uhoraho na Gideyoni!’ ”

19 Bijya kuba mu gicuku, igihe abari ku izamu bamaze gusimburwa, Gideyoni n’abantu ijana bari kumwe baba bageze ku nkambi, bavuza amahembe n’ibibindi babitura hasi.

20 Ubwo abantu bo mu yandi matsinda na bo bavugiriza amahembe icyarimwe n’ibibindi babitura hasi. Bafata amafumba mu kuboko kw’ibumoso, ukw’iburyo gufata ihembe, bavuga baranguruye bati: “Dufate inkota turwanirire Uhoraho na Gideyoni!”

21 Buri wese ahagarara mu mwanya we bakikije inkambi, abarimo bose barahunga bagenda biruka bavuza induru.

22 Ba bantu magana atatu bakomeza kuvuza amahembe, Uhoraho atuma ingabo z’Abamidiyani zisubiranamo, zitangira kwicana. Abasigaye bahungira i Betishita ahagana i Serera, ku mupaka wa Abeli-Mehola hakuno ya Tabati.

23 Abisiraheli batabaza bene wabo bo mu muryango wa Nafutali n’uwa Ashēri n’uwa Manase, maze bakurikirana Abamidiyani.

24 Gideyoni yohereza intumwa mu misozi yose y’Abefurayimu kugira ngo zibabwire ziti: “Nimumanuke murwanye Abamidiyani, mubatange ku migezi kugeza i Betibara no ku ruzi rwa Yorodani, mubabuze kwambuka.” Nuko Abefurayimu bose bagenza nk’uko Gideyoni yari yategetse.

25 Bafata abatware babiri b’Abamidiyani, Orebu na Zēbu. Orebu bamwicira ku rutare rwa Orebu, naho Zēbu bamwicira ku rwengero rwa Zēbu, maze bakomeza gukurikira Abamidiyani. Hanyuma igihanga cya Orebu n’icya Zēbu babishyīra Gideyoni wari hakurya ya Yorodani.

Categories
Abacamanza

Abacamanza 8

Abamidiyani batsindwa burundu

1 Abefurayimu babaza Gideyoni bati: “Watugize ibiki? Kuki utatubwiye ngo tugutabare ujya kurwanya Abamidiyani?” Nuko baramutonganya cyane.

2 Na we arabasubiza ati: “Ibyo nakoze ntibigira amahuriro n’ibyo mwakoze. Mbese si mwebwe Abefurayimu mwishe Abamidiyani benshi kurusha abishwe natwe abakomoka kuri Abiyezeri?

3 Ni mwebwe Imana yahaye kwica abatware b’Abamidiyani, Orebu na Zēbu. None se jyewe mubona narakoze iki cyagereranywa n’icyo?” Amaze kubabwira atyo, uburakari bari bafite buracogora.

Gideyoni atsinda Zebahi na Salimuna

4 Gideyoni na ba bantu magana atatu bari kumwe bambuka Yorodani. Nubwo bari bananiwe bwose bakomeza gukurikirana Abamidiyani.

5 Bageze mu mujyi wa Sukoti, Gideyoni abwira abaturage ati: “Ndabinginze mugire icyo mufungurira ingabo zanjye kuko zananiwe cyane, kandi nkaba ngomba gukurikirana Zebahi na Salimuna, abami b’Abamidiyani.”

6 Ariko abategetsi b’i Sukoti baramubaza bati: “Ubwo se wamaze gufata mpiri Zebahi na Salimuna kugira ngo tubone kugaburira ingabo zawe?”

7 Nuko Gideyoni aravuga ati: “Mumenye ko Uhoraho namara kungabiza Zebahi na Salimuna, mwe nzabakubita amahwa n’imifatangwe.”

8 Gideyoni avuye aho ajya i Penuweli, ab’aho na bo abasaba amafunguro, ariko bamusubiza nk’ab’i Sukoti.

9 Nuko arababwira ati: “Nintabaruka amahoro, uyu munara wanyu nzawusenya.”

10 Zebahi na Salimuna bari i Karikori n’ingabo zasigaye z’amoko y’iburasirazuba bwa Yorodani, zose zigeze nko ku bihumbi cumi na bitanu, naho izindi ibihumbi ijana na makumyabiri zashiriye ku icumu.

11 Gideyoni we azamuka iburasirazuba bwa Noba na Yogibeha mu nzira z’aborozi b’abagisha, atera inkambi y’Abamidiyani abaguye gitumo.

12 Nuko abami babo Zebahi na Salimuna barahunga, Gideyoni abirukaho arabafata, ingabo zabo zose ziratatana.

13 Gideyoni mwene Yowashi avuye ku rugamba anyura ku musozi wa Heresi.

14 Ahafatira umusore w’i Sukoti, amubaza amazina y’abategetsi n’abakuru b’uwo mujyi. Nuko uwo musore amwandikira amazina yabo bose uko ari mirongo irindwi na barindwi.

15 Gideyoni ageze i Sukoti arababwira ati: “Mwari mwaninuye ngo ‘Ubwo se wamaze gufata mpiri Zebahi na Salimuna kugira ngo tubone kugaburira ingabo zawe zinaniwe?’ Noneho dore ngaba nje kubabereka!”

16 Nuko aca amahwa n’imifatangwe abikubita abakuru b’i Sukoti.

17 Asenya n’umunara w’i Penuweli, yica n’abantu b’uwo mujyi.

18 Hanyuma Gideyoni abaza Zebahi na Salimuna ati: “Harya abantu mwiciye i Taboru basaga bate?”

Baramusubiza bati: “Basaga nkawe, umuntu wese wo muri bo yasaga n’umwana w’umwami.”

19 Arababwira ati: “Ni byo, bari abavandimwe banjye, ndetse ni bene mama. Ndahiye Uhoraho yuko iyo mubakiza nanjye sinari kubica.”

20 Gideyoni abwira umuhungu we w’impfura Yeteri ati: “Haguruka ubice!” Ariko uwo musore kuko yari akiri muto, agira ubwoba ntiyakūra inkota.

21 Zebahi na Salimuna babwira Gideyoni bati: “Ube ari wowe utwiyicira, umugabo yicwa n’undi.” Nuko Gideyoni arahaguruka arabica, arangije atwara imitāko yari ku majosi y’ingamiya zabo.

22 Abisiraheli babwira Gideyoni bati: “Uzadutegeke wowe ubwawe n’umuhungu wawe ndetse n’abazagukomokaho, kuko wadukijije Abamidiyani.”

23 Gideyoni arabasubiza ati: “Sinzabategeka ndetse n’umuhungu wanjye ntazabategeka, ahubwo Uhoraho ni we uzabategeka.

24 Icyakora hari icyo mbasaba, umuntu wese muri mwe ampe iherena mu byo yanyaze.” Kandi koko abo bari batsinze bambaraga amaherena y’izahabu ku matwi kuko bari Abishimayeli.

25 Abisiraheli baramusubiza bati: “Turayaguha rwose.” Nuko basasa umwenda, buri wese ashyiraho iherena mu byo yari yanyaze.

26 Amaherena y’izahabu Gideyoni yari yabasabye yapimaga ibiro nka makumyabiri. Gideyoni yafashe n’imitāko n’imikufi n’imyambaro y’imihemba ba bami b’Abamidiyani bari bambaye, ndetse n’imitāko yari ku majosi y’ingamiya zabo.

27 Nuko Gideyoni abikoramo ishusho ayishyira mu mujyi w’iwabo Ofura, Abisiraheli bose bakajya baza guhemuka bayiramya, ibera Gideyoni n’ab’umuryango we umutego.

28 Uko ni ko Abisiraheli batsinze Abamidiyani ubutazongera kubyutsa umutwe. Igihe cyose Gideyoni yari akiriho, igihugu kimara imyaka mirongo ine mu mutekano.

Urupfu rwa Gideyoni

29 Yerubāli ari we Gideyoni mwene Yowashi aritahira, yigumira iwe.

30 Yabyaye abahungu mirongo irindwi, kuko yari afite abagore benshi.

31 Yari afite n’inshoreke yari ituye i Shekemu, babyaranye undi muhungu, Gideyoni amwita Abimeleki.

32 Gideyoni mwene Yowashi yisaziye neza, bamuhamba hamwe na se mu mujyi wa Ofura, mu ntara y’abakomoka kuri Abiyezeri.

33 Gideyoni akimara gupfa, Abisiraheli bimūra Uhoraho baramya za Bāli. Bashinze ishusho ya Bāli-Beriti, bayigira imana yabo.

34 Ntibongeye kwibuka Uhoraho Imana yabo wabakijije abanzi bose bari babakikije.

35 Nta n’ubwo bigeze bagirira neza ab’inzu ya Yerubāli ari we Gideyoni, kubera ibyiza byose yakoreye Abisiraheli.

Categories
Abacamanza

Abacamanza 9

Abimeleki

1 Abimeleki mwene Gideyoni ajya i Shekemu kureba ba nyirarume n’ab’umuryango wa sekuru ubyara nyina bose, arababwira ati:

2 “Nimumbarize abatware bose b’i Shekemu muti: ‘Mbese ari ugutegekwa n’abahungu mirongo irindwi ba Gideyoni, cyangwa se akaba ari jye jyenyine ubategeka, icyabanogera ni ikihe? Murajye mwibuka kandi ko ndi mwene wanyu!’ ”

3 Ba nyirarume babwira ayo magambo yose abatware b’i Shekemu. Na bo babyumvise batyo biyemeza gushyigikira Abimeleki kuko bavugaga bati: “Erega ni mwene wacu!”

4 Nuko bamuha ibikoroto mirongo irindwi by’ifeza bavanye mu ngoro ya Bāli-Beriti. Abimeleki abigurira abantu b’imburamukoro n’ibyihebe, maze baramukurikira.

5 Bajyana kwa se mu mujyi wa Ofura, yica abavandimwe be ari bo bene Gideyoni uko ari mirongo irindwi, bose abicira ku rutare rumwe. Uwarokotse ni umuhererezi witwa Yotamu wari wahunze, arihisha.

6 Abatware b’i Shekemu bose n’ab’i Betimilo bose, bateranira iruhande rw’ibuye rishinze munsi y’igiti cy’inganzamarumbu cy’i Shekemu, bimika Abimeleki.

7 Hagati aho Yotamu abyumvise, aragenda ahagarara mu mpinga y’umusozi wa Gerizimu, maze abahamagara aranguruye ijwi ati: “Yemwe batware b’i Shekemu, nimunyumve kugira ngo namwe Imana izabumve!

8 Umunsi umwe ibiti byakoraniye hamwe, kugira ngo byiyimikire umwami. Bibwira umunzenze biti: ‘Tubere umwami.’

9 Umunzenze urasubiza uti: ‘Muragira ngo ndeke amavuta amvamo ashimisha Imana n’abantu, maze njye kurushywa no gutegeka ibiti?’

10 Nuko ibiti bibwira umutini biti: ‘Ngwino utubere umwami.’

11 Umutini urasubiza uti: ‘Muragira ngo ndeke kwera imbuto ziryoha, maze njye kurushywa no gutegeka ibiti?’

12 Maze ibiti bibwira umuzabibu biti: ‘Ngwino utubere umwami.’

13 Umuzabibu urasubiza uti: ‘Muragira ngo ndeke divayi imvamo ishimisha Imana n’abantu, maze njye kurushywa no gutegeka ibiti?’

14 Noneho ibiti byose bibwira igihuru cy’amahwa biti: ‘Ngwino utubere umwami.’

15 Igihuru cy’amahwa cyo kirasubiza kiti: ‘Niba koko mushaka kunyimika kugira ngo mbabere umwami, nimuze mwugame mu gicucu cyanjye. Nimutabikora mutyo umuriro uzava mu mahwa yanjye, utwike n’amasederi yo muri Libani.’ ”

16 Yotamu arakomeza ati: “Mbese koko mwakoze ibikwiye kandi mwashyize mu gaciro mwimika Abimeleki? Mbese mwagiriye Gideyoni n’ab’inzu ye ineza ihwanye n’iyo yabagiriye?

17 Data yarabarwaniriye yemera no guhara amagara kugira ngo abakize Abamidiyani,

18 nyamara ab’inzu ye mwarabahindutse. Uyu munsi abahungu be mirongo irindwi mwabiciye ku rutare rumwe, mwimika Abimeleki umwana w’umuja we kugira ngo abe umwami w’abatware b’i Shekemu, kubera ko ari mwene wanyu.

19 Niba rero mwakoze ibikwiye kandi mwashyize mu gaciro ku byo mwakoreye uyu munsi Gideyoni n’ab’inzu ye, nimwishimire Abimeleki na we abishimire.

20 Naho ubundi, umuriro uve muri Abimeleki utwike abatware b’i Shekemu n’ab’i Betimilo, kandi uve mu batware b’i Shekemu n’ab’i Betimilo utwike Abimeleki.”

21 Nuko Yotamu ava aho ahungira i Bēri aturayo, kuko yatinyaga mwene se Abimeleki.

22 Abimeleki yamaze imyaka itatu ategeka Abisiraheli.

23 Hanyuma Imana iteza amakimbirane hagati ye n’abatware b’i Shekemu, baramugomera.

24 Ibyo byabaye kugira ngo Abimeleki ahanirwe ubugome bwe, ubwo yicaga bene Gideyoni mirongo irindwi ari bo bavandimwe be. Abatware b’i Shekemu na bo bahanirwa ko bamushyigikiye.

25 Abo batware bashyira abantu mu mpinga z’imisozi bo guteza akaduruvayo, Abimeleki atabizi, bakajya bambura umugenzi wese uhanyuze. Iyo nkuru iza kumugeraho.

26 Gāli mwene Ebedi azana i Shekemu n’abavandimwe be, maze abatware baho baramwiringira.

27 Bajya mu mirima yabo basarura imizabibu benga amayoga, bagirira ibirori mu ngoro y’ikigirwamana cyabo, bararya baranywa, ari na ko bavuma Abimeleki.

28 Gāli mwene Ebedi aravuga ati: “Abimeleki ni iki, natwe ab’i Shekemu turi bantu ki kugira ngo twemere adutegeke? Twari dukwiye gutegekwa n’abakomoka i Shekemu yatwarwaga na Hamori. Ni kuki twategekwa na Abimeleki mwene Gideyoni n’igisonga cye Zebuli?

29 Iyaba ari jye wayoboraga aba bantu, navanaho Abimeleki! Namubwira nti: ‘Koranya ingabo zawe maze uze turwane!’ ”

30 Zebuli umutegetsi wa Shekemu yumvise ibyo Gāli mwene Ebedi avuze, ararakara cyane.

31 Atuma kuri Abimeleki rwihishwa ati: “Dore Gāli n’abavandimwe be baje i Shekemu, boshya abahatuye kugira ngo bakugomere.

32 None rero wowe n’abantu muri kumwe muhaguruke iri joro mwubikīrire hafi y’umujyi.

33 Muzahaguruke mu gitondo izuba rirashe mutere umujyi. Gāli n’abo bari kumwe nibaza bagusatīra, uzabarwanye uko ushoboye kose.”

34 Abimeleki n’abantu bose bari kumwe bagenda nijoro bubikīrira hafi y’i Shekemu, bigabanyijemo amatsinda ane.

35 Bukeye Gāli mwene Ebedi araza ahagarara ku irembo ry’umujyi, maze Abimeleki n’ingabo ze baturumbuka aho bihishe.

36 Gāli ababonye abwira Zebuli ati: “Dore ziriya ngabo zimanuka mu mpinga z’imisozi!”

Zebuli aramusubiza ati: “Bariya si abantu, ahubwo ni ibicucu ku misozi.”

37 Ariko Gāli yongera kumubwira ati: “Nyamara ziriya rwose ni ingabo ziturutse mu mpinga y’umusozi, ndetse dore n’irindi tsinda ry’iziturutse ku giti cy’inganzamarumbu cy’abapfumu.”

38 Zebuli aramubwira ati: “Wajyaga wirarira uvuga ngo ‘Abimeleki ni iki kugira ngo twemere adutegeke?’ Bariya si ba bantu wasuzuguraga? Ngaho rero genda murwane!”

39 Nuko Gāli agenda imbere y’abatware b’i Shekemu, bajya kurwanya Abimeleki.

40 Abimeleki atsinda ab’i Shekemu, Gāli ahungira mu mujyi, benshi barakomereka bapfa bataragera ku irembo ryawo.

41 Abimeleki yigira Aruma, maze Zebuli amenesha Gāli n’abavandimwe be i Shekemu.

42 Bukeye ab’i Shekemu bajya mu mirima yabo, Abimeleki arabimenya.

43 Nuko agabanya ingabo ze mu matsinda atatu, zijya kubikīrira ku gasozi. Abonye abantu batangiye gusohoka mu mujyi, ava aho yari yihishe abagwa gitumo.

44 Abimeleki n’itsinda bari kumwe barirukanka bahagarara ku irembo ry’umujyi, naho abo muri ya matsinda abiri yandi baturumbukira mu bantu bose bari mu mirima, barabica.

45 Abimeleki yateye uwo mujyi awurwanya umunsi wose arawigarurira, yica abantu bose bawurimo, arangije arawusenya awusukamo umunyu.

46 Abatware bari mu munara w’i Shekemu babyumvise, bahungira mu nzu yo hasi y’ingoro y’ikigirwamana Bāli-Beriti.

47 Abimeleki amenye ko abo batware bose bakoraniye hamwe,

48 azamuka umusozi wa Salimoni hamwe n’ingabo ze zose. Afata ishoka atema ishami ry’igiti ariterera ku rutugu. Abwira ingabo ze ati: “Mugire umwete mukore nk’ibyo nkoze.”

49 Nuko zose zitema amashami zikurikira Abimeleki, ziyarunda kuri ya nzu yo hasi zitwikiramo ba bantu bo mu munara w’i Shekemu bose barapfa, abagabo n’abagore bagera ku gihumbi.

50 Abimeleki atera n’umujyi wa Tebesi arawugota, arawigarurira.

51 Muri uwo mujyi hagati hari umunara ukomeye cyane. Abaturage bose, abagabo n’abagore ndetse n’abatware bawuhungiramo, barikingirana bazamukira ku ngazi zo muri uwo munara, bigira hejuru yawo.

52 Nuko Abimeleki arahatera, yegera umuryango w’umunara kugira ngo awutwike.

53 Ariko umwe mu bagore bari hejuru y’umunara amutera ingasire mu mutwe, agahanga arakamena.

54 Nuko Abimeleki ahita ahamagara umusore wari umutwaje intwaro, aramubwira ati: “Kura inkota yawe unsonge, batazajya bavuga ko nishwe n’umugore!” Maze uwo musore amutera inkota, aramwica.

55 Abisiraheli babonye Abimeleki apfuye, bose baritahira.

56 Uko ni ko Imana yituye Abimeleki ibibi yakoreye se, ubwo yicaga bene se mirongo irindwi,

57 n’abantu b’i Shekemu Imana ibitura ibibi byose bakoze. Bityo umuvumo wa Yotamu mwene Gideyoni urabahama.

Categories
Abacamanza

Abacamanza 10

Tola

1 Abimeleki amaze gupfa, Tola mwene Puwa mwene Dodo wo mu muryango wa Isakari ni we wahagurutse kugira ngo akize Abisiraheli. Yari atuye i Shamiri mu misozi ya Efurayimu.

2 Yamaze imyaka makumyabiri n’itatu ategeka Abisiraheli, hanyuma arapfa bamuhamba i Shamiri.

Yayiri

3 Nyuma ya Tola hakurikiyeho Yayiri w’Umunyagileyadi. Yamaze imyaka makumyabiri n’ibiri ategeka Abisiraheli.

4 Yari afite abahungu mirongo itatu bagenderaga ku ndogobe. Bategekaga imijyi mirongo itatu mu ntara ya Gileyadi, kugeza n’ubu iyo mijyi irakitwa Inkambi za Yayiri.

5 Hanyuma Yayiri arapfa bamuhamba i Kamoni.

Abamoni batera Abisiraheli

6 Abisiraheli bongera gucumura ku Uhoraho, bayoboka za Bāli na za Ashitaroti, n’imana z’i Siriya n’iz’i Sidoni n’iz’i Mowabu, n’iz’Abamoni n’iz’Abafilisiti. Bityo bimūra Uhoraho ntibongera kumuramya.

7 Uhoraho arakarira Abisiraheli cyane, abagabiza Abafilisiti n’Abamoni.

8 Uhereye ubwo, Abamoni bamaze imyaka cumi n’umunani bakandamiza kandi batoteza Abisiraheli bose babaga muri Gileyadi, yahoze ari intara y’Abamori iburasirazuba bwa Yorodani.

9 Ndetse Abamoni bambuka Yorodani batera Abayuda n’Ababenyamini n’Abefurayimu, bituma Abisiraheli bahangayika cyane.

10 Nuko Abisiraheli batakambira Uhoraho bati: “Mana yacu, twagucumuyeho turakwimūra, tuyoboka za Bāli.”

11 Uhoraho abwira Abisiraheli ati: “Mbese sinabakijije Abanyamisiri n’Abamori, n’Abamoni n’Abafilisiti?

12 Abanyasidoni n’Abamaleki n’Abanyamawoni na bo barabakandamije, muntakambiye ndababakiza.

13 Nyamara mwaranyimūye muyoboka izindi mana, ni cyo gituma ntazongera kubakiza.

14 Ngaho nimutakambire izo mana mwitoranyirije, zibakize akaga murimo.”

15 Abisiraheli basubiza Uhoraho bati: “Koko twaracumuye utugenze uko ushaka, ariko turakwinginze udukize irya none!”

16 Baherako bareka imana z’abanyamahanga basengaga bagarukira Uhoraho, maze Uhoraho na we aterwa ishavu n’amagorwa yabo.

17 Abamoni barahamagarana, baraterana bashinga amahema i Gileyadi. Abisiraheli na bo baraterana, bashinga ayabo i Misipa y’i Gileyadi.

18 Nuko abatware b’Abisiraheli bo muri Gileyadi barabazanya bati: “Ni nde muri twe uzashoza intambara, akarwanya Abamoni? Uzabikora ni we uzaba umutware wa Gileyadi yose.”