Categories
2 Samweli

2 Samweli 11

Dawidi na Batisheba

1 Mu ntangiriro z’umwaka wakurikiyeho, mu gihe abami bakundaga kujya ku rugamba, Dawidi yohereza ingabo zose z’Abisiraheli ziyobowe na Yowabu na bagenzi be, batsemba Abamoni bagota Raba umurwa wabo mukuru, ariko Dawidi we yigumira i Yeruzalemu.

2 Umunsi umwe nimugoroba Dawidi amaze kuruhuka, arabyuka ajya gutembera ku gisenge gishashecy’inzu ye. Agihari abona umugore mwiza cyane wiyuhagiraga.

3 Dawidi yohereza abantu kubaririza uwo mugore uwo ari we baramubwira bati: “Ni Batisheba umukobwa wa Eliyamu akaba n’umugore wa Uriya w’Umuheti.”

4 Nuko Dawidi yohereza intumwa kumuzanira uwo mugore, araza bararyamana hanyuma arataha. Ibyo byabaye Batisheba amaze kwisukura avuye mu mihango y’abakobwa.

5 Uwo mugore asama inda, maze abimenyesha Dawidi ati: “Ndatwite”.

6 Nuko Dawidi ahita atuma kuri Yowabu ati: “Nyoherereza Uriya w’Umuheti.” Yowabu aramwohereza.

7 Uriya agezeyo Dawidi amubaza uko Yowabu n’abandi Bisiraheli bameze, n’iby’urugamba.

8 Bamaze kuvugana Dawidi abwira Uriya ngo agende ajye iwe kuruhuka. Agisohoka umwami amukurikiza intumwa imushyiriye n’izimano.

9 Nyamara Uriya ntiyataha, ahubwo yirarira hamwe n’abandi bagaragu b’umwami.

10 Babwira Dawidi ko Uriya atigeze ajya iwe, maze Dawidi aramubaza ati: “Kuki utagiye iwawe kandi uvuye mu rugendo?”

11 Uriya aramusubiza ati: “Isanduku y’Isezerano iri ku rugamba, ingabo z’Abisirahelin’iz’Abayuda, na databuja Yowabu n’abandi bagaba b’ingabo barara mu ngando, none ngo ninjye iwanjye, nywe ndye kandi ndyamane n’umugore wanjye? Ndahiye ubugingo bwawe ko ntakora ibintu nk’ibyo.”

12 Dawidi ni ko kumubwira ati: “Sibira uyu munsi, ejo nzakohereza ugende.” Uwo munsi Uriya aguma i Yeruzalemu,

13 nimugoroba Dawidi aramutumira, aramugaburira amuha n’icyo kunywa aramusindisha. Ariko birangiye Uriya ntiyajya iwe, ahubwo yongera kwiraranira n’abandi bagaragu b’umwami.

14 Bukeye Dawidi yandikira Yowabu urwandiko aruha Uriya.

15 Yari yanditsemo ngo “Mushyire Uriya imbere aho urugamba rukomeye, mumusige wenyine maze abanzi bamwice.”

Urupfu rwa Uriya

16 Igihe Yowabu yari agose umujyi wa Raba, yohereza Uriya aho yari azi ko hari ingabo z’intwari, kugira ngo ahangane na zo.

17 Abamoni barasohoka barwana n’ingabo za Dawidi ziyobowe na Yowabu, bica zimwe zirimo na Uriya w’Umuheti.

18 Yowabu yohereza intumwa yo gutekerereza Dawidi uko intambara yagenze,

19 arayibwira ati: “Numara kubwira umwami ibyabaye byose mu ntambara,

20 ashobora kurakara akakubaza ati: ‘Kuki mwateye uwo mujyi muwusatiriye cyane, kandi muzi ko babasha kubarasa bahagaze hejuru y’urukuta?

21 Ntimwari muzi uko Abimeleki mwene Gideyoni yiciwe i Tebesi? Yishwe n’umugore wari hejuru y’urukuta amuteye ingasire. None ni iki cyatumye musatira urukuta?’ Uzamubwire uti: ‘N’umugaragu wawe Uriya w’Umuheti yarapfuye!’ ”

22 Iyo ntumwa igeze kwa Dawidi imutekerereza ibyo Yowabu yayitumye,

23 igira iti “Abamoni bagabye igitero gikomeye aho twari twashinze ibirindiro ku gasozi, nyamara twarabahinduranye tubageza ku irembo ry’umujyi.

24 Ariko abari hejuru y’urukuta baraturashe, bamwe bo mu ngabo zawe barahagwa, barimo n’umugaragu wawe Uriya w’Umuheti.”

25 Nuko Dawidi abwira iyo ntuma ati: “Genda ukomeze Yowabu, umubwire ko ibyo bitagomba kumuca intege. Ni ko bigenda mu ntambara abantu bapfa mu mpande zombi, ahubwo akaze umurego asenye uwo mujyi.”

26 Umugore wa Uriya aza kumenya ko umugabo we yapfuye, aramuririra.

27 Iminsi y’akababaro irangiye, Dawidi aramuhamagaza amugira umugore we, babyarana umwana w’umuhungu.

Ariko ibyo Dawidi yari yakoze birakaza Uhoraho.

Categories
2 Samweli

2 Samweli 12

Natani amenyesha Dawidi icyaha cye

1 Uhoraho atuma Natani kuri Dawidi, ajyayo aramubwira ati: “Hari abaturanyi babiri mu mujyi, umwe ari umukire undi ari umukene.

2 Uwo mukire yari afite amashyo menshi y’inka n’intama.

3 Naho uwo mukene afite akāgazi k’intama kamwe gusa yiguriye, arakagaburira arakarera, gakurira iwe hamwe n’abana be. Yasangiraga na ko bakanywera ku gikombe kimwe, kakaryama mu gituza cye. Mbese kari kamubereye nk’agakobwa ke bwite.

4 Wa mukire agenderewe n’umushyitsi ntiyafata mu matungo ye kugira ngo amuzimanire, ahubwo afata ka kāgazi k’intama ka wa mukene, aba ari ko azimanira uwo mushyitsi!”

5 Dawidi arakarira cyane uwo mukire, maze abwira Natani ati: “Ndahiye Uhoraho, umuntu wakoze ibyo akwiye kwicwa,

6 kandi ako kāgazi k’intama azakariha intama enyekuko atagize impuhwe.”

7 Natani ni ko kubwira Dawidi ati: “Uwo muntu ni wowe. Uhoraho Imana y’Abisiraheli aravuze ati: ‘Ni jyewe ubwanjye wagusīze amavuta kugira ngo ube umwami w’Abisiraheli, ngukiza Sawuli.

8 Naguhaye gutwara ab’inzu yashobuja nguha n’abagore be, naguhaye gutegeka Abisiraheli n’Abayuda, kandi iyo ibyo biba bidahagije nari kukongerera n’ibindi.

9 None ni iki cyatumye uncumuraho ukarenga ku mategeko yanjye? Wagambiriye ko Uriya w’Umuheti yicwa n’Abamoni, kugira ngo ubone uko ucyura umugore we.

10 Kubera ko wansuzuguye ugacyura umugore wa Uriya w’Umuheti, mu bazagukomokaho b’ibihe byose ntihazaburamo abapfa rubi.

11 Ngiye kuguteza ibyago bizaturuka ku muryango wawe bwite, nzatuma uwo mufitanye isano aryamanira n’abagore bawe ku karubanda.

12 Ibyo wakoze wabikoze rwihishwa, ariko jye nzabikwitūrira imbere y’Abisiraheli bose ku mugaragaro.’ ”

13 Dawidi abwira Natani ati: “Koko nacumuye ku Uhoraho.”

Natani aramubwira ati: “Uhoraho yakugiriye imbabazi nturi bupfe.

14 Ariko kuko washujuguje utyo Uhoraho mu banzi be, umwana w’umuhungu wabyaye azapfa.”

15 Nuko Natani yisubirira iwe.

Urupfu rw’umuhungu wa Dawidi

Uhoraho ahita ateza indwara wa mwana Dawidi yabyaranye n’uwahoze ari muka Uriya.

16 Dawidi atakambira Imana asabira uwo mwana kugira ngo akire, yigomwa kurya, aryama hasi ijoro ryose.

17 Ibyegera bye biramwinginga ngo abyuke ariko aranga, ntiyagira n’icyo asangira na bo.

18 Hashize iminsi irindwi umwana arapfa. Abagaragu ba Dawidi batinya kubimubwira, kuko bibwiraga bati: “Ko twamubwiraga ntatwumve umwana akiriho, twahera he tumubwira ko yapfuye? Byatuma akora ishyano.”

19 Nyamara Dawidi abonye abagaragu be bongorerana, ahita yibwira ko umwana yapfuye, ni ko kubabaza ati: “Aho wa mwana ntiyapfuye?”

Baramusubiza bati: “Amaze gupfa.”

20 Dawidi abyuka aho yari aryamye hasi, ariyuhagira arisīga, ahindura imyambaro maze ajya mu Nzu y’Uhoraho aramuramya. Agarutse iwe yaka ibyokurya, baramuhereza arafungura.

21 Abagaragu be baramubaza bati: “Ibyo ukoze ibi ni ibiki? Umwana akiriho wigomwe kurya urarira, none amaze gupfa ni bwo uhagurutse urafungura!”

22 Dawidi arabasubiza ati: “Umwana akiriho nigomwe kurya ndarira, kuko nibwiraga ko Uhoraho ashobora kumbabarira umwana agakira.

23 None se ko amaze gupfa, kwigomwa kurya byamarira iki? Ese nshobora kumugarura? Ni jye uzamusanga naho we ntabasha kungarukira.”

Ivuka rya Salomo

24 Dawidi ahoza umugore we Batisheba, ataha iwe bararyamana babyarana umuhungu, Dawidi amwita Salomo. Uhoraho akunda uwo mwana,

25 atuma umuhanuzi Natani ngo amwite Yedidiya. Iryo zina risobanurwa ngo “Ukunzwe n’Uhoraho”.

Dawidi yigarurira umujyi wa Raba

26 Hagati aho Yowabu akomeza kugota Raba umurwa w’Abamoni, yigarurira ikigo ntamenwa cy’ibwami.

27 Nuko atuma kuri Dawidi ati: “Twateye Raba dufata agace k’umujyi k’aho bavoma,

28 none ube ari wowe ukoranya izindi ngabo z’Abisiraheli wigarurire umujyi, naho ubundi ishema ryaba iryanjye.”

29 Nuko Dawidi akoranya izindi ngabo zose atera Raba, arahigarurira.

30 Afata ikamba ry’umwami waboryari rikozwe mu izahabu, rigapima ibiro mirongo itatu na bitanu, afata n’ibuye ry’agaciro ryari ritatseho araritamiriza, ajyana n’indi minyago myinshi cyane.

31 Asohora abaturage mu mujyi abakoresha imirimo y’agahato. Bamwe basatura ibiti bakoresheje inkero, abandi bakoresha amapiki n’amashoka, abandi babumba amatafari. Dawidi abigenza atyo no ku yindi mijyi yose y’Abamoni, hanyuma Dawidi n’ingabo ze basubira i Yeruzalemu.

Categories
2 Samweli

2 Samweli 13

Amunoni na Tamari

1 Dore ibyabaye hanyuma y’ibyo: Abusalomu mwene Dawidi yari afite mushiki we ufite uburanga witwaga Tamari. Dawidi yari afite undi muhungu witwaga Amunoni, abengukwa Tamari.

2 Ariko Tamari yari isugi ku buryo Amunoni atashoboraga kubonana na we, ibyo bibabaza Amunoni bituma yirwaza.

3 Amunoni yari afite incuti y’incakura yitwaga Yonadabu mwene Shama, mukuru wa Dawidi.

4 Yonadabu abaza Amunoni ati: “Ntiwambwira igituma buri munsi urushaho kumererwa nabi kandi uri umwana w’umwami?”

Amunoni aramusubiza ati: “Nkunda cyane Tamari mushiki wa mwene data Abusalomu.”

5 Yonadabu amugira inama ati: “Ujye kuryama wirwaze, so naza kugusura umubwire uti: ‘Ndashaka ko mushiki wanjye Tamari yazana ibyokurya, akabitegurira imbere yanjye akangaburira.’ ”

6 Nuko Amunoni araryama arirwaza. Se aje kumusura Amunoni aramubwira ati: “Ndashaka ko mushiki wanjye Tamari yaza akantegurira utugati tubiri, akangaburira.”

7 Dawidi atuma kuri Tamari ngo ajye kwa musaza we Amunoni, amutegurire ibyokurya.

8 Tamari ajyayo asanga musaza we aryamye, ategura utugati, adutekera imbere ye.

9 Amwegereza isahani kugira ngo afungure, ariko Amunoni aranga aravuga ati: “Abantu bose nibasohoke bamve iruhande!” Bose barasohoka.

10 Amunoni abwira Tamari ati: “Nzanira ibyokurya mfungurire mu cyumba cyanjye.”

Tamari afata twa tugati yateguye adushyīra musaza we mu cyumba.

11 Akitumuhereza, Amunoni aramusingīra aramubwira ati: “Ngwino turyamane mushiki wanjye.”

12 Tamari aramubwira ati: “Oya musaza wanjye, rwose wimfata ku ngufu! Ibyo birazira mu Bisiraheli, ni ubugoryi ntukabikore!

13 Izo soni sinabona aho nzikwiza, kandi waba umwe mu bigoryi byo mu Bisiraheli. None genda unsabe umwami ntazanga kukunshyingira.”

14 Ariko Amunoni yanga kumwumva, aryamana na we ku ngufu.

15 Birangiye Amunoni amwanga urunuka, amugirira urwango rurenze kure urukundo yari yaramukunze. Nuko aramubwira ati: “Haguruka umvire aha!”

16 Tamari aramubwira ati: “Ntibishoboka, kuko kunyirukana byaba ari bibi cyane kurusha ibyo umaze kunkorera!”

Amunoni yanga kumwumva,

17 ahamagara umugaragu we aramubwira ati: “Vana uyu mukobwa aha umushyire hanze, uhite ukinga urugi!”

18 Uwo mugaragu abigenza atyo.

Tamari yari yambaye ikanzu y’igiciro nk’uko abakobwa b’umwami bambaraga bakiri abāri.

19 Nuko arayishishimura yitera ivu mu mutwe, yikorera amaboko agenda aboroga.

20 Musaza we Abusalomu aramubaza ati: “Mbese ni musaza wawe Amunoni wagufashe ku ngufu? Mwana wa mama, wikwirirwa ubisakuza, ni musaza wawe kandi ntibitume uhagarika umutima.” Nuko Tamari aguma kwa musaza we Abusalomu nk’indushyi.

21 Umwami Dawidi yumvise ibyabaye ararakara cyane.

22 Abusalomu ntiyongera kuvugisha Amunoni, aramuzinukwa kuko yafashe mushiki we Tamari ku ngufu.

Amunoni yicwa

23 Hashize imyaka ibiri, igihe Abusalomu yakemuzaga intama ze i Bāli-Hasori hafi y’umujyi wa Efurayimu, ahatumira bene se bose.

24 Abusalomu ajya kubwira umwami ati: “Nyagasani, ndakemuza intama zanjye, none ndasaba ko wazana n’ibyegera byawe mu munsi mukuru.”

25 Ariko umwami aramubwira ati: “Oya mwana wanjye, ntabwo twaza twese twaba tukuvunishije.” Abusalomu akomeza kumuhata, umwami aramuhakanira amusezeraho ati: “Genda amahoro.”

26 Abusalomu aramubwira ati: “Noneho reka tujyane na mwene data Amunoni.”

Umwami aramubaza ati: “Kuki ushaka ko mujyana?”

27 Abusalomu arahatiriza, umwami amwemerera kujyana na Amunoni n’abandi bahungu b’umwami bose.

28 Bagezeyo Abusalomu ategeka abagaragu be ati: “Nimubona Amunoni amaze gusinda nkababwira nti: ‘Nimumwice’, muhite mumwica. Ntimutinye, urupfu rwe ni jye ruzabazwa. Mukomere kandi mube intwari.”

29 Abo bagaragu bica Amunoni nk’uko Abusalomu yabategetse. Abandi bana b’umwami babibonye, burira inyumbu zabo barahunga.

30 Bakiri mu nzira, inkuru igera kuri Dawidi ngo “Abusalomu yishe abana b’umwami bose, ntihagira n’umwe urokoka.”

31 Umwami ahita ahaguruka ashishimura imyambaro ye aryama hasi, n’abagaragu be bashishimura imyambaro yabo.

32 Nyamara Yonadabu mwene Shama mukuru wa Dawidi aramubwira ati: “Nyagasani, ntiwibwire ko abahungu bawe bose bishwe, ndumva ari Amunoni wenyine wapfuye, kuko Abusalomu yari yaramuhigiye igihe yafataga mushiki we Tamari ku ngufu.

33 None nyagasani, we gukomeza guhagarika umutima ngo abahungu bawe bose bapfuye, ni Amunoni wenyine.”

34 Abusalomu we yahise ahunga.

Umusore wari ku izamu i Yeruzalemu akebutse iburengerazuba, abona abantu benshi baturutse mu ibanga ry’umusozi.

35 Yonadabu asanga umwami aramubwira ati: “Dore abahungu bawe baraje nk’uko nakubwiraga.”

36 Akimara kuvuga atyo, abahungu b’umwami baba bageze aho baboroga, umwami n’abagaragu be na bo bararira cyane.

37 Dawidi amara iminsi myinsi aririra Amunoni.

Abusalomu we ahungira kwa Talumayimwene Amihudi umwami wa Geshuri,

38 ahamara imyaka itatu.

39 Dawidi amaze gushira agahinda ka Amunoni wapfuye, akumbura Abusalomu cyane.

Categories
2 Samweli

2 Samweli 14

Yowabu yemeza Dawidi kugarura Abusalomu

1 Yowabu mwene Seruya amenya ko umwami akumbuye Abusalomu cyane,

2 atumiza umugore w’umunyabwenge w’i Tekowa aramubwira ati: “Wambare nk’uwapfushije we kwisīga amavuta, wifate nk’umaze iminsi muri ako kababaro.

3 Hanyuma usange umwami umubwire ibyo ngiye kukubwira.” Nuko Yowabu arabimubwira.

4 Uwo mugore w’i Tekowa asanga umwami, amwikubita imbere yubamye aramubwira ati: “Nyagasani ntabara!”

5 Umwami aramubaza ati: “Ubaye iki?”

Aramusubiza ati: “Umugabo wanjye yarapfuye nsigara ndi umupfakazi.

6 Nari mfite abahungu babiri, barwanira ku gasozi nta muntu uhari kugira ngo abakiranure, umwe yica undi.

7 None ab’umuryango bose barampagurukiye bati: ‘Duhe umwicanyi na we tumwice, duhōrere umuvandimwe we maze twigarurire ibyabo.’ Bityo bakaba bahanaguye ku isi izina ry’umugabo wanjye n’urubyaro rwe.”

8 Umwami abwira uwo mugore ati: “Isubirire iwawe ikibazo cyawe nzagikemura.”

9 Na we aramusubiza ati: “Nyagasani, sinifuza ko icyemezo wafata cyakubangamira cyangwa kikabangamira ingoma yawe kuko wowe uri umwere, ahubwo icyaha kizambarweho jyewe na bene wacu.”

10 Ariko umwami aramubwira ati: “Nihagira n’ugutunga urutoki uzamunzanire, ntazongera kugira icyo agutwara.”

11 Umugore ati: “Nyagasani, ndahira mu izina ry’Uhoraho Imana yawe, ko umuhōra atazanyongerera ibyago yica umuhungu wanjye.”

Umwami aramubwira ati: “Ndahiye Uhoraho ko nta n’agasatsi ko ku mutwe we kazagwa hasi.”

12 Umugore arongera ati: “Nyagasani, nyemerera ngire icyo nkubwira.”

Umwami ati: “Ngaho kivuge!”

13 Umugore aravuga ati: “Nyagasani, urivuguruje! Kuki wahemukiye ubwoko bw’Imana, ntugarure umwana wawe wirukanye?

14 Twese tuzapfa kuko ari ko Imana yagennye, tumere nk’amazi yamenetse ku butaka atabasha kuyorwa, nyamara Imana iteganya uburyo uwaciwe akajya kure yayo yiyunga na yo akiriho.

15 None nyagasani, icyatumye nza kuvugana nawe ni uko nari natinye rubanda. Ni ko kwibwira nti: ‘Nimbibwira umwami birashoboka ko yanyemerera icyo musabye.

16 Nabyumva azankiza ushaka kundimburana n’umuhungu wanjye, kugira ngo adukure mu isambu Imana yaduhaye.’

17 Nyagasani, natekerezaga ko icyo uri bumbwire kindema agatima, kuko uri nk’umumarayika ukamenya gutandukanya icyiza n’ikibi. Uhoraho Imana yawe abane nawe!”

18 Umwami aramubwira ati: “Ntugire icyo umpisha mu byo ngiye kukubaza.”

Umugore aramusubiza ati: “Mbaza nyagasani.”

19 Umwami aramubaza ati: “Ibyo byose umbwiye nta ruhare Yowabu abifitemo?”

Umugore aramusubiza ati: “Nyagasani, ndahiye ubugingo bwawe ko ubitahuye rwose! Umugaragu wawe Yowabu ni we wantumye ngo nkubwire ayo magambo.

20 Yagenje atyo kugira ngo ugire icyo uhindura ku byerekeye Abusalomu. Nyagasani, mbona ufite ubushishozi nk’ubw’umumarayika, ni cyo gituma umenya ibibera mu gihugu byose.”

21 Nyuma yaho umwami abwira Yowabu ati: “Nemeye inama yawe, none genda ushake wa musore Abusalomu umugarure hano.”

22 Yowabu yikubita imbere y’umwami yubamye, amusabira umugisha maze aravuga ati: “Nyagasani, ubu menye ko ngutonnyeho kuko unyemereye icyo ngusabye.”

23 Yowabu ahita ajya i Geshuri, agarura Abusalomu i Yeruzalemu.

24 Umwami aravuga ati: “Abusalomu azagende ajye iwe, ntazigere antunguka imbere.” Abusalomu ajya iwe ntiyigera atunguka imbere y’umwami.

Dawidi yiyunga na Abusalomu

25 Mu Bisiraheli bose nta muntu n’umwe wari ufite uburanga nk’ubwa Abusalomu, kuva ku birenge kugera ku mutwe nta nenge yagiraga, kandi yashimwaga na bose.

26 Buri mwaka yariyogosheshaga kuko umusatsi we wabaga umuremereye. Bamaraga kumwogosha bapima umusatsi we bakoresheje igipimo cy’ibwami, bagasanga upima ibiro bibiri birenga.

27 Abusalomu yabyaye abahungu batatu n’umukobwa witwaga Tamari. Tamari uwo yari afite uburanga.

28 Abusalomu amaze kugaruka i Yeruzalemu, amara imyaka ibiri atabonana n’umwami.

29 Nuko atuma kuri Yowabu ngo aze amutume ku mwami, ariko Yowabu yanga kumwitaba. Amutumaho bwa kabiri na bwo aranga.

30 Abusalomu ni ko kubwira abagaragu be ati: “Dore umurima wa Yowabu uri hafi y’uwanjye urimo ingano za bushoki, none nimugende muzitwike.” Nuko abo bagaragu barazitwika.

31 Yowabu ahita ajya kwa Abusalomu, aramubaza ati: “Ni iki cyatumye abagaragu bawe bantwikira ingano?”

32 Abusalomu aramubwira ati: “Nagutumyeho ngo uze ngutume ku mwami umumbarize uti: ‘Kuki navuye i Geshuri? Icyari kumbera cyiza, ni uko mba naragumyeyo. Ubu ndifuza kubonana n’umwami, niba kandi hari icyaha nakoze anyice.’ ”

33 Yowabu aragenda abibwira umwami, na we atumiza Abusalomu. Abusalomu ahageze yikubita imbere y’umwami yubamye, umwami aramuhagurutsa aramuhobera.

Categories
2 Samweli

2 Samweli 15

Abusalomu yigomeka

1 Nyuma y’ibyo Abusalomu yishakira igare rikururwa n’amafarasi, yishakira n’abantu mirongo itanu bo kwiruka imbere ye.

2 Abusalomu yajyaga azinduka agahagarara ku nzira yinjira mu irembo ry’umurwa. Umuntu wese uhanyuze afite urubanza agiye kuregera umwami, Abusalomu akamuhamagara akamubaza aho aturuka. Undi akamusubiza ati: “Databuja, nturutse mu muryango runaka w’Abisiraheli.”

3 Abusalomu akamubwira ati: “Urubanza rwawe rurasobanutse kandi rufite ishingiro, nyamara nta muntu umwami yashyizeho wo kurwumva!”

4 Abusalomu yajyaga avuga ati: “Icyangira umucamanza muri iki gihugu! Umuntu wese wajya anzanira urubanza cyangwa ikibazo najya mbikemura mu butabera.”

5 Kandi iyo hagiraga umuntu umupfukamira, Abusalomu yaramuhagurutsaga akamuhobera.

6 Abusalomu akomeza kugenzereza atyo Abisiraheli bose bajyaga kuburanira umwami, bityo yikundisha Abisiraheli bose arabigarurira.

7 Hashize imyaka ineAbusalomu abwira umwami ati: “Nyemerera njye i Heburoni guhigura umuhigo nahigiye Uhoraho.

8 Kuko nyagasani, ubwo nari i Geshuri muri Siriya nahize ko Uhoraho nangarura i Yeruzalemu nzamutambira igitambo.”

9 Umwami aramubwira ati: “Ugende amahoro!” Nuko Abusalomu ashyira nzira ajya i Heburoni.

10 Agezeyo yohereza intumwa mu miryango yose y’Abisiraheli ngo zibabwire ziti: “Nimwumva ihembe rivuze, muzatangaze muti: ‘Abusalomu yimye ingoma i Heburoni.’ ”

11 Abusalomu akiri i Yeruzalemu yari yatumiye abantu magana abiri bajyana na we, ariko nta kintu na busa bari bazi ku migambi ye.

12 Ubwo Abusalomu yatambaga ibitambo, yohereza intumwa i Gilo kumuzanira Ahitofeli w’i Gilo, akaba umujyanama wa Dawidi. Ubwigomeke burushaho gukaza umurego, kandi abayobokaga Abusalomu barushaho kwiyongera.

Dawidi ahunga Abusalomu

13 Nuko umuntu araza abwira Dawidi ati: “Abisiraheli bayobotse Abusalomu.”

14 Ako kanya Dawidi abwira abagaragu be bari i Yeruzalemu ati: “Nimuhaguruke duhunge Abusalomu. Nimugire bwangu kuko yakwihutira kutugirira nabi, akica abantu bose batuye mu mujyi.”

15 Baramubwira bati: “Nyagasani, twiteguye gukora icyo ushaka cyose.”

16 Nuko umwami ahungana n’ab’urugo rwe bose, ariko asiga inshoreke icumi zo kurinda ingoro ye.

17 Ajyana n’abo bantu bose, bahagarara ku nzu iheruka umujyi.

18 Abagaragu be bose, n’Abakereti bose, n’Abapeletibose banyura imbere ye, n’Abanyagati magana atandatu bari barazanye na we igihe yavaga i Gati, na bo baratambuka.

19 Umwami abwira Itayi umutware w’abo Banyagati ati: “Ni iki gitumye ujyana natwe? Subirayo ugumane n’umwami mushya, kuko uri umunyamahanga ukaba utari iwanyu.

20 Dore ni bwo ukigera ino none ugiye kwangarana natwe, nanjye ubwanjye ntazi iyo tugana! Isubirireyo ujyane na bagenzi bawe, Uhoraho akugirire neza kandi akwiteho.”

21 Itayi aramusubiza ati: “Nyagasani, ndahiye Uhoraho, nawe nkurahiye ko aho uzajya hose tuzajyana, twabaho cyangwa twapfa!”

22 Dawidi aramubwira ati: “Ngaho tambuka.” Itayi w’Umunyagati ajyana n’ingabo ze n’imiryango yabo yose.

23 Dawidi yambukana n’abantu bose akagezi ka Kedironi, bakomeza inzira igana mu butayu. Aho banyuze hose abaturage bagacura umuborogo.

24 Bagisohoka mu mujyi, abatambyi Sadoki na Abiyatari bari aho hamwe n’Abalevi bari bahetse Isanduku y’Isezerano ry’Imana. Abalevi barayururutsa, Abiyatari akomeza guhagarara kugeza ubwo abantu bose bamaze gusohoka.

25 Umwami abwira Sadoki ati: “Nimusubize Isanduku y’Imana mu mujyi. Nintona ku Uhoraho, azangarura nongere nyibone mbone n’aho iba.

26 Ariko natanyishimira, azangenze uko ashaka nditeguye.

27 Ese nturi umushishozi? Ngaho ugende amahoro usubire mu mujyi, ujyane n’umuhungu wawe Ahimāsi, na Abiyatari n’umuhungu we Yonatani.

28 Nanjye nzategerereza ku byambu bya Yorodani, kugeza igihe muzamenyeshereza uko bimeze.”

29 Nuko Sadoki na Abiyatari basubiza Isanduku y’Imana i Yeruzalemu bagumayo.

30 Dawidi azamuka Umusozi w’Iminzenze agenda aboroga, yitwikiriye umutwe kandi atambaye inkweto, abari kumwe na we bose na bo bazamuka bitwikiriye imitwe baboroga.

31 Babwira Dawidi ko Ahitofeli yifatanyije na Abusalomu, maze Dawidi asenga agira ati: “Uhoraho, ndakwinginze inama za Ahitofeli uzihindure ubusa.”

32 Dawidi ageze mu mpinga y’umusozi aho basengeraga Imana, Hushayi w’Umwaruki aza amusanga yashishimuye umwambaro we, yiteye n’umukungugu mu mutwe.

33 Dawidi aramubwira ati: “Nitujyana uzandushya,

34 ahubwo usubire i Yeruzalemu ubwire Abusalomu uti: ‘Nyagasani, nje kukubera umugaragu. Kuva kera nabaye umugaragu wa so none ubu ndi uwawe.’ Nungenzereza utyo, uzashobora kuburizamo inama za Ahitofeli.

35 Abatambyi Sadoki na Abiyatari muzaba muri kumwe, maze icyo uzajya umenya cy’ibwami cyose uzajye ukibabwira.

36 Uko mugize icyo mumenya muzajye muntumaho abahungu banyu, Ahimāsi mwene Sadoki na Yonatani mwene Abiyatari.”

37 Nuko Hushayi incuti ya Dawidi asubira i Yeruzalemu, ahagerera rimwe na Abusalomu.

Categories
2 Samweli

2 Samweli 16

Siba asanganira Dawidi

1 Dawidi amaze kuminuka umusozi, ahura na Siba umugaragu wa Mefibosheti aje kumusanganira. Yari ashoreye indogobe ebyiri zihetse imigati magana abiri, n’amaseri ijana y’imizabibu yumye n’imbuto ijana z’imitini, n’uruhago rw’uruhururimo divayi.

2 Umwami abaza Siba ati: “Ibyo ni iby’iki?”

Siba aramusubiza ati: “Nyagasani, indogobe ni izo guheka abo mu rugo rwawe, imigati n’imbuto ni ibyo kugaburira abagaragu bawe, naho divayi ni iyo kwicira inyota abananirirwa mu butayu.”

3 Umwami aramubaza ati: “Mefibosheti umwuzukuru wa shobuja ari he?”

Siba aramusubiza ati: “Ubu ari i Yeruzalemu, kuko yibwira ko Abisiraheli bazamwimika agahabwa ingoma ya sekuru.”

4 Nuko umwami aramubwira ati: “Nkugabiye ibyari ibya Mefibosheti byose.”

Siba aravuga ati: “Urakarama nyagasani, nzahore ngutonnyeho!”

Shimeyi atuka Dawidi

5 Umwami Dawidi ageze i Bahurimu haza umugabo witwaga Shimeyi mwene Gera wo mu muryango wa Sawuli, atangira kumutuka.

6 Atera amabuye Umwami Dawidi n’abagaragu be bose, n’abandi bantu bari kumwe na we bose ndetse n’ingabo zari zimukikije.

7 Yamutukaga agira ati: “Hoshi genda wa mupfayongo we w’umwicanyi!

8 Uhoraho akuryoje amaraso y’abo mu muryango wa Sawuli wasimbuye ku ngoma! Ubwami abuhaye Abusalomu umuhungu wawe, naho wowe aguteje ibyago kubera amaraso wamennye!”

9 Abishayi mwene Seruya abwira umwami ati: “Nyagasani, kuki iriya ntumbi y’imbwa yagumya kugutuka? Reka ngende muce umutwe!”

10 Dawidi aravuga ati: “Mpuriye he namwe bene Seruya? Niba Uhoraho yamubwiye ngo antuke, nta wamubuza kubikora.”

11 Nuko Dawidi abwira abagaragu be bose na Abishayi ati: “Dore n’umuhungu wanjye nibyariye arashaka kunyica, nkanswe uriya Mubenyamini! Nimumureke antuke niba Uhoraho yabimutumye!

12 Birashoboka ko Uhoraho yareba amagorwa ndimo, biriya bitutsi by’uyu munsi akabimpinduriramo ibyiza.”

13 Dawidi n’abo bari kumwe bakomeza urugendo, naho Shimeyi akomeza gutambika hakurya ahateganye na bo, agenda abatuka abatera amabuye, atumura n’umukungugu.

14 Hanyuma umwami n’abo bari kumwe bose bagera ku ruzi rwa Yorodani bananiwe, baraharuhukira.

Abusalomu agera i Yeruzalemu

15 Abusalomu agera i Yeruzalemu ari kumwe na Ahitofeli n’abandi Bisiraheli bose bari bamushyigikiye.

16 Ubwo ni bwo Hushayi w’Umwaruki incuti ya Dawidi yasanze Abusalomu, aramubwira ati: “Urakarama nyagasani, urakarama!”

17 Abusalomu aramubaza ati: “Kuki wahemukiye incuti yawe ntimujyane?”

18 Hushayi aramusubiza ati: “Nabitewe n’uko ari wowe watoranyijwe n’Uhoraho, n’abo muri kumwe n’Abisiraheli bose, nzagumana nawe.

19 None kuki ntagukorera kandi so yari incuti yanjye? Bityo rero nk’uko nari umugaragu wa so, ni ko nzaba umugaragu wawe.”

20 Abusalomu abwira Ahitofeli ati: “Ngira inama, dukore iki?”

21 Ahitofeli aramubwira ati: “Genda uryamane n’inshoreke za so yasize ku rugo. Ibyo bizatuma Abisiraheli bamenya ko wazinutswe so, maze bitere inkunga abari ku ruhande rwawe.”

22 Nuko bashinga ihema ku gisenge gishashe cy’ingoro y’umwami, maze Abusalomu ajya kuharyamanira n’inshoreke za se rubanda babireba.

23 Yaba Dawidi yaba Abusalomu, bose bubahaga inama za Ahitofeli nk’aho ari Imana ubwayo babajije.

Categories
2 Samweli

2 Samweli 17

Hushayi aburizamo inama za Ahitofeli

1 Ahitofeli abwira Abusalomu ati: “Reka ntoranye ingabo ibihumbi cumi na bibiri nkurikire Dawidi iri joro.

2 Ndamugeraho ananiwe nta gatege, mutere ubwoba maze abari kumwe na we bose bahunge, hanyuma mwice asigaye wenyine.

3 Bityo nzakugarurira abantu be bose, kuko kwica uriya ushaka ari ko kukugarurira bose, maze igihugu kikagira amahoro.”

4 Iyo nama inyura Abusalomu n’abakuru b’Abisiraheli bose.

5 Ariko Abusalomu aravuga ati: “Nimuhamagare Hushayi w’Umwaruki, na we twumve icyo abivugaho.”

6 Hushayi ahageze, Abusalomu amusubiriramo ibyo Ahitofeli yababwiye, maze aramubaza ati: “Mbese twakurikiza iyo nama cyangwa hari ikindi ubivugaho?”

7 Hushayi aramusubiza ati: “Noneho, inama Ahitofeli atanze si nziza.

8 Nawe ubwawe uzi neza so n’ingabo ze, bose ni intwari zidatsimburwa, ni nk’ikirura batwariye ibyana. Uretse n’ibyo so amenyereye iby’intambara, nta kuntu yaba yaraye hamwe n’abandi.

9 Ubu ashobora kuba yihishe mu buvumo cyangwa ahandi. Adutunguye hakagira abapfa muri twe, abazabyumva bazavuga bati: ‘Ingabo za Abusalomu zatsinzwe.’

10 Ubwo rero n’uw’intwari ushiritse ubwoba nk’intare azacika intege, kuko Abisiraheli bose bazi ko so ari umurwanyi ukomeye kandi ko ari kumwe n’ingabo z’intwari.

11 Inama nakugira rero ni uko wakoranyiriza hano Abisiraheli bose, uhereye i Dani mu majyaruguru ukageza i Bērisheba mu majyepfo, bakanganya ubwinshi n’umusenyi wo ku nyanja, maze wowe ubwawe ukabayobora ku rugamba.

12 Aho azaba ari hose tuzamugeraho tuhazimagize nk’uko ikime gitonda hasi kikahazimagiza. Yaba we cyangwa abantu be nta wuzarokoka.

13 Nagira umujyi ahungiramo Abisiraheli bose bazazana imigozi tuwukurure, tuwurohemu kabande he kugira n’ibuye riwusigaramo.”

14 Abusalomu n’abandi Bisiraheli bose baravuga bati: “Inama ya Hushayi w’Umwaruki iruse iya Ahitofeli.” Uko ni ko Uhoraho yaburijemo inama nziza ya Ahitofeli, kugira ngo ateze Abusalomu ibyago.

Dawidi ahungira hakurya ya Yorodani

15 Hushayi ahita ajya kubwira abatambyi Sadoki na Abiyatari, inama Ahitofeli yagiriye Abusalomu n’abakuru b’Abisiraheli, n’iyo we yabagīriye.

16 Yongeraho ati: “Nimuhite mutuma kuri Dawidi ye kurara aho ari ku byambu bya Yorodani, ahubwo yambuke. Naho ubundi yarimburanwa n’abo bari kumwe bose.”

17 Yonatani mwene Abiyatari na Ahimāsi mwene Sadoki ntibashoboraga kwinjira mu mujyi kugira ngo batababona. Bategerereza Enirogeli, aba ari ho umuja wabatumweho abahera ubutumwa bwo kugeza ku Mwami Dawidi.

18 Ariko umusore aza kubabona abibwira Abusalomu. Yonatani na Ahimāsi bagenda biruka bagera i Bahurimu ku muntu wari ufite iriba iwe mu rugo, baryihishamo.

19 Umugore nyir’urugo ashyira ikidasesa hejuru y’iriba, maze yanikaho impeke bituma nta wagira icyo ahakeka.

20 Abagaragu ba Abusalomu binjira muri urwo rugo babaza uwo mugore bati: “Ahimāsi na Yonatani bari he?”

Arabasubiza ati: “Bambutse akagezi.” Barabashaka barababura bisubirira i Yeruzalemu.

21 Bamaze kugenda, Ahimāsi na Yonatani bava mu iriba, bajya kubwira Umwami Dawidi inama Ahitofeli yatanze bati: “None ihute uhungire hakurya ya Yorodani.”

22 Dawidi n’abo bari kumwe bose bahita bambuka Yorodani, bucya bose bageze hakurya.

23 Ahitofeli abonye ko batemeye inama ye, yurira indogobe ye yisubirira iwe mu mujyi w’iwabo. Agezeyo atunganya ibyo mu muryango we, arangije arimanika bamushyingura hamwe na se.

24 Dawidi yahungiye i Mahanayimu, hanyuma Abusalomu ahagurukana n’ingabo zose z’Abisiraheli bambuka Yorodani.

25 Abusalomu yari yarashyizeho Amasa, kugira ngo abe umugaba w’ingabo wo gusimbura Yowabu. Amasa uwo yari mwene Yitira w’Umwishimayeliyabyaranye na Abigayile umukobwa wa Nahashi, akaba na murumuna wa Seruya nyina wa Yowabu.

26 Abusalomu n’abo Bisiraheli bakambika mu ntara ya Gileyadi.

27 Dawidi ageze i Mahanayimu, Shobi mwene Nahashi w’i Raba umurwa w’Abamoni, na Makiri mwene Amiyeli w’i Lodebari, na Barizilayi w’Umunyagileyadi w’i Rogelimu,

28 bamuzanira ibyo kuryamaho n’amabesani n’inzabya z’ibumba, n’ingano za nkungu n’iza bushoki n’ifu n’impeke zikaranze, n’ibishyimbo n’inkori,

29 n’ubuki n’amata y’ikivuguto n’amavuta akuze, n’intama. Babizanira Dawidi n’abo bari kumwe kuko bibwiraga bati: “Bariya bantu biciwe n’inzara n’inyota n’umunaniro mu butayu.”

Categories
2 Samweli

2 Samweli 18

Urupfu rwa Abusalomu

1 Dawidi akoranya ingabo ze azigabanyamo imitwe, ayiha abatware b’ibihumbi n’ab’amagana.

2 Umutwe umwe uyoborwa na Yowabu mwene Seruya, undi uyoborwa na mukuru we Abishayi, uwa gatatu uyoborwa na Itayi w’Umunyagati. Dawidi arababwira ati: “Nanjye ubwanjye nzatabarana namwe.”

3 Ariko ingabo ze ziramusubiza ziti: “Ntugomba gutabarana natwe! Turamutse duhunze abanzi bacu ntibatwitaho, ndetse n’iyo twapfamo kimwe cya kabiri ntibabyitaho. Ni wowe bashaka kuko uhwanye n’ingabo ibihumbi icumi zo muri twe. None ibyiza ni uko waguma muri uyu mujyi ukajya udutera inkunga.”

4 Umwami arababwira ati: “Icyo muhisemo ni cyo nkora.” Nuko ahagarara ku irembo ry’umujyi ingabo zimunyura imbere zitabaye, zigabanyijwe mu mitwe y’amagana n’iy’ibihumbi.

5 Umwami ategeka Yowabu na Abishayi na Itayi ati: “Ndabinginze ntimuzagire icyo mutwara uwo musore Abusalomu.” Ingabo zose zumva umwami aha abo batware iryo tegeko.

6 Nuko ingabo ziratabara, zijya gutera iz’Abisiraheli bashyigikiye Abusalomu, zisakiranira mu ishyamba rya Efurayimu.

7 Ingabo za Dawidi zitsinda iz’Abisiraheli, uwo munsi zibicamo abantu ibihumbi makumyabiri.

8 Intambara ikwira muri ako karere kose, ku buryo abazimiriye mu ishyamba bagapfa, baruse ubwinshi abishwe n’ingabo za Dawidi.

9 Abusalomu ahubirana n’ingabo za Dawidi ari ku nyumbu ye, arayirukansa ica munsi y’igiti kinini gifite amashami menshi, maze umutwe we ufatwa mu mashami yacyo, inyumbu irakomeza Abusalomu asigara anagana.

10 Umwe mu ngabo za Dawidi aramubona ajya kubwira Yowabu ati: “Nabonye Abusalomu anagana mu giti.”

11 Yowabu aramubwira ati: “Niba wamubonye kuki utahise umutsinda aho? Ubu simba nguhaye ibikoroto icumi by’ifeza n’umukandara?”

12 Undi aramusubiza ati: “Kabone n’iyo wampa ibikoroto igihumbi by’ifeza sinakwica umwana w’umwami, kuko twiyumviye umwami ababwira wowe na Abishayi na Itayi ati: ‘Muramenye ntimuzagire icyo mutwara uwo musore Abusalomu.’

13 N’iyo nkora ishyano nkamwica, umwami ntiyari kubiyoberwa kandi nawe wari kunyigarika!”

14 Yowabu aramubwira ati: “Singiye gukomeza guta igihe mvugana nawe.” Ni ko gufata amacumu atatu, aragenda ayatikura Abusalomu mu mutima aho yanaganaga ku giti akiri muzima.

15 Nuko abasore icumi bari batwaje Yowabu intwaro begera Abusalomu baramwica.

16 Yowabu ategeka ko bavuza ihembe rihagarika intambara, ingabo ze zireka gukurikirana Abisiraheli.

17 Bafata umurambo wa Abusalomu bawujugunya mu rwobo aho mu ishyamba, bawurundaho amabuye menshi. Abisiraheli bose barahunga buri wese ajya iwe.

18 Abusalomu akiriho yari yarashingishije inkingi y’ibuye mu Gikombe cyitwa icy’umwami, kuko yibwiraga ati: “Nta gahungu mfite bazanyibukiraho.” Ni cyo cyatumye iyo nkingi ayiha izina rye, na n’ubu yitwa “Urwibutso rwa Abusalomu.”

Dawidi abikirwa Abusalomu

19 Ahimāsi mwene Sadoki abwira Yowabu ati: “Reka nihute njye kubwira umwami inkuru nziza, ko Uhoraho yamukijije abanzi be.”

20 Ariko Yowabu aramubwira ati: “Ntujyeyo uyu munsi, kuko nta nkuru nziza waba ujyanye kubera urupfu rw’umwana w’umwami, ahubwo ureke uzajyeyo undi munsi.”

21 Yowabu abwira umugaragu we w’Umunyakushi ngo ajye kubwira umwami ibyo yabonye, uwo mugaragu yunama imbere ya Yowabu, ahita yiruka.

22 Ariko Ahimāsi mwene Sadoki arongera abwira Yowabu ati: “Uko byamera kose, nanjye reka nkurikire uriya Munyakushi.”

Yowabu aramubwira ati: “Urajyanwa n’iki mwana wanjye, ko iyo atari inkuru yo kubarwa kugira ngo uyishimirwe?”

23 Na we ati: “Uko byamera kose reka ngende!”

Yowabu ati: “Ngaho genda!” Ahimāsi ariruka anyura mu nzira yo mu kibaya cya Yorodani, maze aca kuri wa Munyakushi.

24 Icyo gihe Dawidi yari yicaye mu kirongozi cy’umunara hagati y’inzugi zombi, umurinzi w’irembo yurira urukuta ajya ku munara, abona umuntu aje yiruka ari wenyine.

25 Abibwiye umwami, umwami aravuga ati: “Niba aje wenyine azanye inkuru nziza.” Uwo muntu akomeza kuza yigira hafi.

26 Uwo murinzi abona undi muntu aje yiruka ari wenyine, abibwira uwakingaga irembo. Umwami aravuga ati: “Ubwo na we azanye inkuru nziza.”

27 Umurinzi aravuga ati: “Umuntu wa mbere ndabona yiruka nka Ahimāsi mwene Sadoki.”

Umwami ati: “Ni umuntu mwiza, ubwo azanye amakuru meza.”

28 Ahimāsi ageze hafi ararangurura abwira umwami ati: “Ni amahoro!” Nuko amwikubita imbere yubamye ati: “Uhoraho Imana yawe asingizwe, yagukijije abari baguhagurukiye nyagasani.”

29 Umwami aramubaza ati: “Uwo musore Abusalomu yaba ari amahoro?”

Ahimāsi aramusubiza ati: “Nyagasani, ubwo umugaragu wawe Yowabu yanyoherezaga hari abantu benshi banyuranagamo, sinashoboye kumenya ibyabaye.”

30 Umwami aramubwira ati: “Igirayo, ube uhagaze hariya.” Ahimāsi yigirayo arahagarara.

31 Wa Munyakushi na we aba arahageze, aravuga ati: “Nyagasani, nkuzaniye inkuru nziza. Uyu munsi Uhoraho yagukijije abari baguhagurukiye bose!”

32 Umwami aramubaza ati: “Uwo musore Abusalomu, yaba ari amahoro?”

Aramusubiza ati: “Nyagasani, ibyabaye kuri uwo musore birakaba ku banzi bawe, mbese no ku bahagurukiye kukugirira nabi bose!”

Categories
2 Samweli

2 Samweli 19

Dawidi aririra Abusalomu

1 Umwami abyumvise ashengurwa n’ishavu, ajya mu cyumba cyo hejuru mu munara agenda aboroga ati: “Ayii, mwana wanjye Abusalomu! Mwana wanjye, mwana wanjye Abusalomu! Iyaba ari jyewe wapfuye mu mwanya wawe! Abusalomu mwana wanjye, mwana wanjye!”

2 Maze baza kubwira Yowabu ko umwami aririra Abusalomu akaba ari mu kababaro ko gupfusha.

3 Bityo ibyishimo byo gutsinda k’uwo munsi bihinduka akababaro ko gupfusha, kuko ingabo zose zari zumvise ko umwami ashavujwe n’urupfu rw’umwana we.

4 Ingabo zose zitabarutse zigaruka mu mujyi zibebera nk’izahunze ku rugamba.

5 Umwami yitwikīra mu maso, atera hejuru araboroga ati: “Ayii, mwana wanjye Abusalomu! Abusalomu mwana wanjye, mwana wanjye!”

6 Nuko Yowabu yinjira aho umwami ari aramubwira ati: “Uyu munsi ingabo zawe zagukirije ubugingo, wowe n’abahungu bawe n’abakobwa bawe, n’abagore bawe n’inshoreke zawe, none urazikoza isoni!

7 Ukunda abakwanga, ukanga abagukunda! Uyu munsi werekanye ko ingabo zawe n’abagaba bazo nta cyo bakubwiye. Ubu menye ko iyo Abusalomu aba akiriho twese twapfuye, ari byo byari kukubera byiza!

8 None haguruka ujye gushimira ingabo zawe. Nkurahiye Uhoraho ko nutabigenza utyo, bujya kwira nta muntu n’umwe usigaranye. Byakubera bibi cyane kuruta ibyago byose wagize kuva mu buto bwawe.”

9 Nuko umwami arahaguruka yicara imbere y’irembo ry’umujyi. Babwira ingabo ze zose bati: “Umwami yicaye imbere y’irembo.” Ziraza zikoranira imbere ye.

Dawidi ava mu buhungiro

Abisiraheli bari bahunze buri wese yagiye iwe.

10 Mu miryango yose y’Abisiraheli baravugaga bati: “Umwami yadukijije abanzi bacu cyane cyane Abafilisiti, ariko yavuye mu gihugu ahunga Abusalomu.

11 None Abusalomu twari twariyimikiye kugira ngo atubere umwami, yaguye ku rugamba. Mutegereje iki kugira ngo mugarure umwami?”

12 Iyo nkuru igera ku Mwami Dawidi, maze atuma ku batambyi Sadoki na Abiyatari ati: “Mubwire abakuru b’Abayuda muti: ‘Kuki ari mwebwe mugiye kuba aba nyuma kugarura umwami?

13 Muri abavandimwe banjye, turi amaraso amwe. Ni kuki ari mwe mugiye kuba aba nyuma kugarura umwami?’

14 Muzambwirire kandi Amasamuti: ‘Mbese ntituri amaraso amwe? Imana izampane yihanukiriye, nintakugira umugaba w’ingabo mu mwanya wa Yowabu, igihe cyose nzaba ndi ku ngoma.’ ”

15 Ayo magambo anyura Abayuda bose bahuza inama, batuma ku mwami bati: “Garuka uzane n’abagaragu bawe bose.”

16 Nuko umwami araza agera kuri Yorodani.

Shimeyi asaba Dawidi imbabazi

Abayuda bajya i Gilugali gusanganira umwami no kumwambutsa Yorodani.

17 Shimeyimwene Gera w’Umubenyamini w’i Bahurimu, na we yajyanye na bo gusanganira umwami,

18 ari kumwe n’Ababenyamini igihumbi. Siba wahoze ari umugaragu wa Sawuli, n’abahungu be cumi na batanu n’abagaragu be makumyabiri, bihutira kujya kuri Yorodani kwakira umwami.

19 Ubwato bwagombaga kwambutsa umwami n’ab’umuryango we bwari aho butegereje icyo umwami ategeka. Shimeyi mwene Gera amaze kwambuka yikubita hasi imbere y’umwami,

20 aramubwira ati: “Nyagasani, ntiwite ku gicumuro cyanjye, wirengagize ibibi nagukoreye ubwo wavaga i Yeruzalemu, ntubigumane mu mutima, nyagasani!

21 Rwose nyagasani nzi ko nacumuye, ni cyo cyatumye mbanziriza ab’umuryango wacu kuza kugusanganira.”

22 Nuko Abishayi mwene Seruya abaza umwami ati: “Mbese ibyo byabuza Shimeyi kwicwa, kandi yaratutse uwo Uhoraho yimikishije amavuta?”

23 Ariko Dawidi aramusubiza ati: “Mpuriye he namwe bene Seruya? Kuki mushaka kumbangamira? Uyu munsi nta Mwisiraheli ukwiye gupfa kuko namenye neza ko ari jye mwami w’Abisiraheli.”

24 Nuko umwami abwira Shimeyi ati: “Nturi bupfe”, arabimurahira.

Mefibosheti yiregura kuri Dawidi

25 Mefiboshetiumwuzukuru wa Sawuli na we ajya gusanganira umwami. Ntiyari yarigeze yoga ibirenge cyangwa akata ubwanwa, cyangwa amesa imyambaro ye kuva umwami yahunga kugeza umunsi agarutse amahoro

26 i Yeruzalemu. Umwami aramubaza ati: “Mefibosheti, ni iki cyatumye utaza ngo tujyane?”

27 Aramusubiza ati: “Nyagasani, umugaragu wanjye yarampemukiye. Nari namutegetse ko antegurira indogobe kuko ndi ikimuga nkajyana nawe.

28 Nyamara nyagasani, aho kubikora atyo yarambeshyeye. None rero nyagasani, uri nk’umumarayika ukore icyo ubona ko gikwiye.

29 Ab’umuryango wa sogokuru bose bari bakwiye kwicwa, ariko jye wanyemereye gusangira nawe. Ese nyagasani, koko hari ikindi nakwaka kirenze ibyo?”

30 Umwami aramubwira ati: “Wikwirirwa uvuga byinshi. Ntegetse ko wowe na Siba mugabana isambu yahoze ari iya Sawuli.”

31 Mefibosheti aramubwira ati: “Nyagasani, ubwo tubonye ugaruka amahoro nashaka ayijyane yose.”

Barizilayi aherekeza Dawidi

32 Barizilayiw’Umunyagileyadi ava i Rogelimu kugira ngo aherekeze umwami amugeze hakurya ya Yorodani.

33 Yari umusaza umaze imyaka mirongo inani avutse. Igihe umwami yari i Mahanayimu, Barizilayi yamwohererezaga imfashanyo kuko yari umukungu.

34 Umwami aramubwira ati: “Twambukane tujyane i Yeruzalemu nzakwitura ineza wangiriye.”

35 Ariko Barizilayi asubiza umwami ati: “Nshigaje imyaka ingahe yo kubaho byatuma tujyana i Yeruzalemu?

36 Dore maze imyaka mirongo inani mvutse, ubu se ndacyagira ikinshimisha? Ndacyaryoherwa n’icyo ndya cyangwa icyo nywa? Mbese ubu ndacyabasha kumva amajwi y’abahungu n’abakobwa baririmba? Nyagasani, singiye kukuruhiriza ubusa

37 kandi si ngombwa ko umpa ingororano. Icyakora ndihangana nguherekeze nkwambutse Yorodani,

38 hanyuma nisubirire mu mujyi wacu abe ari ho nzapfira, nzahambwe hamwe na data na mama. Ahubwo nyagasani, nguwo umuhungu wanjye Kimuhamu mujyane, uzamukorere ibyo uzabona ko ari byiza.”

39 Umwami aravuga ati: “Kimuhamu turajyana kandi nzamukorera ibyo ushaka byose, ibyo uzifuza byose kuri we nzabikora.”

40 Abantu bose bamaze kwambuka Yorodani umwami ahobera Barizilayi, amusabira umugisha amusezeraho, maze Barizilayi yisubirira iwe.

Abayuda n’Abisiraheli batonganira umwami

41 Umwami yambukana atyo na Kimuhamu, ashagawe n’ingabo z’Abayuda n’icya kabiri cy’iz’Abisiraheli, bagera i Gilugali.

42 Nuko Abisiraheli bose basanga umwami baramubaza bati: “Ni kuki abavandimwe bacu b’Abayuda baje rwihishwa kugusanganira kugira ngo bakwambutse Yorodani, wowe n’umuryango wawe n’ingabo zawe zose?”

43 Abayuda bose basubiza Abisiraheli bati: “Ni uko dufitanye n’umwami isano ya bugufi. Icyabarakaje ni iki? Hari iby’umwami twariye cyangwa hari ibyo yatugororeye?”

44 Abisiraheli barabasubiza bati: “Dufite uruhare ku mwami incuro icumi kubarusha, ndetse no kuri Dawidi ubwe. None se ni iki cyatumye mutwibeta, kandi ari twe twabaye aba mbere mu gutanga igitekerezo cyo kugarura umwami?” Ariko Abayuda barusha Abisiraheli gushega.

Categories
2 Samweli

2 Samweli 20

Sheba agomera Dawidi

1 Aho i Gilugali hari Umubenyamini w’umupfayongo witwaga Sheba mwene Bikuri. Avuza ihembe, maze atera hejuru ati: “Nta ruhare dufite kuri Dawidi, nta n’umurage dufitanye n’uwo mwene Yese. None Bisiraheli, buri muntu niyisubirire iwe.”

2 Nuko Abisiraheli bosebava kuri Dawidi bayoboka Sheba mwene Bikuri, naho Abayuda bo bagumana n’umwami wabo, baramuherekeza kuva kuri Yorodani kugeza i Yeruzalemu.

3 Dawidi ageze iwe i Yeruzalemu afata za nshoreke ze icumi yari yasize ku rugo, aziha inzu irinzwe akajya azitaho, ariko ntiyongera kuryamana na zo. Zifungirwa aho zimeze nk’abapfakazi kugeza igihe zipfiriye.

4 Umwami abwira Amasa ati: “Unkoranyirize ingabo z’Abayuda mu minsi itatu, bityo uzanyitabe hano.”

5 Amasa ajya gukoranya ingabo z’Abayuda, ariko aratinda ntiyubahiriza igihe umwami yamubwiye.

6 Dawidi ni ko kubwira Abishayi ati: “Sheba mwene Bikuri azaduteza ibyago bikomeye, biruta ibyo twatejwe na Abusalomu. None ujyane ingabo zanjye, umukurikirane atarabona imijyi ntamenwa kugira ngo ayibemo aducike.”

7 Nuko Abishayi ajyana n’ingabo zose za Yowabu n’Abakereti n’Abapeleti, n’izindi ngabo zose z’intwari, ziva i Yeruzalemu zikurikirana Sheba mwene Bikuri.

8 Bageze hafi y’urutare rw’i Gibeyoni bahura na Amasa. Yowabu yari yambaye imyambaro ya gisirikari, ayikenyeje umukandara uriho inkota iri mu rwubati. Ariko Yowabu agiye gusuhuza Amasa, inkota ye igwa hasi arayifata.

9 Yowabu aramusuhuza ati: “Ni amahoro muvandimwe?” Afatisha ikiganza cy’iburyo ubwanwa bwa Amasa nk’ushaka kumusoma.

10 Ariko Amasa ntiyita ku nkota Yowabu yari afite mu kuboko kw’ibumoso, Yowabu ayimutikura mu nda rimwe gusa amara arasandara, Amasa ahita apfa.

Nuko Yowabu na mukuru we Abishayi bakomeza gukurikirana Sheba mwene Bikuri.

11 Umwe mu ngabo za Yowabu asigara ku murambo wa Amasa, abwira izindi ngabo ati: “Abahisemo Yowabu bakaba bashyigikiye Dawidi nibakurikire Yowabu.”

12 Ingabo zageraga kuri uwo murambo urambitse mu maraso mu nzira hagati zarahagararaga, wa muntu abibonye awusunikira mu gisambu awutwikīriza umwenda.

13 Amaze kuwukura mu nzira ingabo zose ziratambuka, zijyana na Yowabu kugira ngo bakurikirane Sheba mwene Bikuri.

14 Sheba yari yaranyuze mu miryango yose y’Abisiraheli agera mu mujyi wa Abeli-Betimāka, maze Ababeribose baramuyoboka.

15 Ingabo za Yowabu zigota Abeli-Betimāka, zirunda ibirundo by’igitaka byo kuririraho urukuta, batangira no guhonda urukuta kugira ngo baruhirike.

16 Ariko umugore umwe w’umunyabwenge wo muri uwo mujyi atera hejuru ati: “Yemwe, yemwe! Nimumbwirire Yowabu aze hano ngire icyo mubwira.”

17 Yowabu aramwegera, umugore aramubaza ati: “Ni wowe Yowabu?”

Undi ati: “Ni jyewe.”

Umugore ati: “Databuja, ndakwinginze wumve icyo ngiye kukubwira.”

Yowabu ati: “Vuga ndakumva.”

18 Umugore ati: “Kera hari imvugo ngo ‘Nimujye Abeli muhashakire igisubizo’, maze ikibazo kikaba kihakemuriwe.

19 Abisiraheli bose bazi ko abatuye uyu mujyi turi abanyamahoro n’abanyamurava, none wowe urashaka kurimbura uyu mujyi wubashywe kuva kera! Ni kuki wasenya uyu mujyi twahawe n’Uhoraho?”

20 Yowabu aramusubiza ati: “Ibyo ntibikabeho! Jyewe nta mugambi mfite wo kuwusenya cyangwa kuwurimbura.

21 Ibyo si byo nshaka, uwo nshaka gusa ni umuntu witwa Sheba mwene Bikuri waturutse mu ntara y’Abefurayimu, kuko yagomeye Umwami Dawidi. Nimumumpe ndahita nigendera.”

Uwo mugore aramubwira ati: “Ihangane gato! Igihanga cye turakikujugunyira tukinyujije hejuru y’urukuta.”

22 Uwo mugore aragenda akoranya abaturage bose, ababwira icyo yumvikanye na Yowabu. Nuko baca umutwe wa Sheba mwene Bikuri, bawujugunyira Yowabu. Yowabu avuza ihembe ingabo ze zose zirataha, Yowabu na we asubira ibwami i Yeruzalemu.

Ibyegera bya Dawidi

23 Icyo gihe Yowabu yari umugaba w’ingabo zose z’Abisiraheli, Benaya mwene Yehoyada ari umutware w’ingabo zigizwe n’Abakereti n’Abapeleti.

24 Adoramu ni we wayoboraga imirimo y’agahato, Yehoshafati mwene Ahiludi ari umuvugizi w’ibwami.

25 Shewa yari umunyamabanga, Sadoki na Abiyatari bari abatambyi.

26 Ira w’Umunyayayiri na we yari umutambyi ukorera Dawidi.