Categories
2 Samweli

2 Samweli 1

Dawidi amenyeshwa urupfu rwa Sawuli na Yonatani

1 Sawuli amaze gupfa Dawidi asubira i Sikulagi amaze gutsinda Abamaleki, ahamara iminsi ibiri.

2 Ku munsi wa gatatu haza umuntu uvuye mu birindiro by’ingabo za Sawuli, yari yashishimuye imyambaro ye, yiyoreye umukungugu mu mutwe nk’uwapfushije. Ageze imbere ya Dawidi yikubita hasi yubamye.

3 Dawidi aramubaza ati: “Uturutse he?”

Aramusubiza ati: “Nacitse mu birindiro by’ingabo z’Abisiraheli.”

4 Dawidi aramubwira ati: “Ntekerereza uko byagenze.”

Uwo muntu ati: “Abisiraheli barahunze kandi benshi muri bo baguye ku rugamba, ndetse Sawuli n’umuhungu we Yonatani na bo barapfuye.”

5 Dawidi abaza uwo musore ati: “Wamenye ute ko Sawuli n’umuhungu we Yonatani bapfuye?”

6 Uwo musore ati: “Nari ku musozi wa Gilibowa mbona Sawuli yishingikirije icumu, yari asatiriwe cyane n’Abafilisiti bari mu magare y’intambara n’abarwanira ku mafarasi.

7 Akebutse arambona, arampamagara nditaba nti: ‘Karame!’

8 Ambaza uwo ndi we mubwira ko ndi Umwamaleki.

9 Ni ko kumbwira ati: ‘Igira hino unsonge kuko mbabara cyane nubwo ngihumeka.’

10 Nuko ndamwegera ndamusonga, kuko nabonaga ko n’ubundi ari bupfe. Hanyuma mfata ikamba rye n’umuringa yari yambaye ku kuboko, ndabikuzanira nyakubahwa.”

11 Dawidi ashishimura imyambaro ye, n’abari kumwe na we bose babigenza batyo,

12 bararira baraboroga, biyiriza ubusa kubera Sawuli n’umuhungu we Yonatani, no kubera ingabo z’Uhoraho n’abandi Bisiraheli bose bari baguye ku rugamba.

13 Dawidi abaza uwo musore ati: “Uri uwa he?”

Aramusubiza ati: “Data ni Umwamaleki w’umwimukīra mu gihugu cyanyu.”

14 Dawidi aramubwira ati: “Koko watinyutse kwica umwami Uhoraho yimikishije amavuta!”

15 Dawidi ni ko guhamagara umwe mu ngabo ze aramubwira ati: “Genda umwice.” Nuko aramwica.

16 Dawidi yari yabwiye uwo Mwamaleki ati: “Amaraso yawe aguhame, kuko wizize ubwo wihamyaga ko wishe umwami Uhoraho yimikishije amavuta.”

Dawidi aririra Sawuli na Yonatani

17 Nuko Dawidi ahimba indirimbo yo kuririra Sawuli n’umuhungu we Yonatani,

18 ategeka ko izigishwa Abayuda bose. Ni indirimbo yitwa iy’umuheto, yanditswe mu gitabo cya Yashari.

19 “Isiraheli we, icyubahiro cyawe kiburiye mu mpinga z’imisozi

mbega ukuntu intwari zawe zahaguye!

20 Ntimubihingukirize ab’i Gati,

ntibizamamazwe mu mayira ya Ashikeloni,

naho ubundi Abafilisitikazi bazishima,

abo bakobwa b’abatemera Imana bazasābwa n’ibyishimo.

21 Misozi y’i Gilibowa, ikime n’imvura ntibikabatose ukundi,

imirima yanyu ntizongere kurumbuka,

ingabo zakingiraga intwari zanduriye muri mwe,

ingabo ya Sawuli na yo ntigisigwa amavuta.

22 Umuheto wa Yonatani ntiwahushaga umwanzi,

inkota ya Sawuli na yo ntiyatahaga ubusa,

byombi byicaga ab’intwari mu banzi.

23 Sawuli na Yonatani bari bafite igikundiro mu mibereho yabo,

no mu rupfu rwabo ntibasiganye.

Banyarukaga kurusha agaca,

bagiraga imbaraga kurusha intare!

24 Bisirahelikazi, nimuririre Sawuli,

yabambikaga imyenda y’igiciro,

imyambaro yanyu yayitakishaga zahabu.

25 Mbega ukuntu intwari zaguye ku rugamba!

Yonatani yaguye mu mpinga z’imisozi.

26 Igendere muvandimwe Yonatani unsigiye agahinda,

wari incuti yanjye y’amagara,

wankunze ku buryo butangaje,

urukundo rwawe rwandutiraga urw’abagore.

27 Mbega ukuntu intwari zahaguye!

Intwaro z’intambara zararimbuwe.”

Categories
2 Samweli

2 Samweli 2

Dawidi aba umwami w’Abayuda

1 Nyuma y’ibyo Dawidi agisha Uhoraho inama ati: “Mbese nzamuke njye muri umwe mu mijyi y’u Buyuda?”

Uhoraho aramusubiza ati: “Zamuka ujyeyo.”

Dawidi aramubaza ati: “Njye mu wuhe?”

Uhoraho aramusubiza ati: “Jya i Heburoni.”

2 Dawidi ajyayo, ajyana n’abagore be bombi: Ahinowamu w’i Yizerēli, na Abigayile wahoze ari muka Nabali w’i Karumeli.

3 Ajyana kandi n’ingabo ze zose n’imiryango yazo, bajya gutura i Heburoni no mu mijyi iyikikije.

4 Nuko Abayuda baza i Heburoni, basīga Dawidi amavuta aba umwami wabo. Dawidi amenye ko abantu b’i Yabeshi yo muri Gileyadi ari bo bashyinguye Sawuli,

5 abatumaho ati: “Uhoraho abahe umugisha, kuko mwitaye kuri shobuja Sawuli mukamushyingura.

6 Uhoraho abagirire neza kandi abiteho, nanjye ubwanjye nzabitura iyo neza mwagize.

7 Nuko rero nimukomere mube intwari. Dore shobuja Sawuli yarapfuye, none Abayuda ni jye basīze amavuta ngo mbe umwami wabo.”

Ishibosheti agirwa umwami w’Abisiraheli

8 Abuneri mwene Neri umugaba w’ingabo za Sawuli, yari yajyanye Ishibosheti mwene Sawuli i Mahanayimu.

9 Amugira umwami wa Isiraheli yose igizwe n’intara ya Gileyadi, n’iya Ashērin’iya Yizerēli, n’iy’Abefurayimu n’iy’Ababenyamini.

10 Icyo gihe Ishibosheti mwene Sawuli yari amaze imyaka mirongo ine avutse, amara imyaka ibiri ku ngoma.

Ab’umuryango wa Yuda ni bo bayobotse Dawidi.

11 Dawidi amara imyaka irindwi n’amezi atandatu i Heburoni ari umwami wabo.

Abisiraheli barwanira n’Abayuda i Gibeyoni

12 Abuneri mwene Neri n’ingabo za Ishibosheti mwene Sawuli, bava i Mahanayimu bagenda berekeje i Gibeyoni.

13 Yowabu mwene Seruya na we ajyana n’ingabo za Dawidi berekeza i Gibeyoni. Iyo mitwe yombi y’ingabo ihurira ku cyuzi cy’i Gibeyoni, ishinga ibirindiro ku mpande zombi z’icyuzi, umutwe umwe hakuno undi hakurya.

14 Nuko Abuneri abwira Yowabu ati: “Abasore bamwe bo mu ngabo zanyu nibaze barwane n’abo mu zacu.”

Yowabu arabyemera.

15 Mu ngabo za Ishibosheti mwene Sawuli hahaguruka abasore cumi na babiri b’Ababenyamini, no mu ngabo za Dawidi hahaguruka abandi cumi na babiri.

16 Buri musore asingira umutwe w’uwo bahanganye, amusogota inkota mu rubavu, bose baracuranguka. Ni cyo cyatumye aho hantu hitwa “Umurima w’ubugi bw’inkota”, uri i Gibeyoni.

17 Uwo munsi haba intambara ikomeye cyane, maze ingabo za Dawidi zitsinda Abuneri n’ingabo z’Abisiraheli.

18 Ubwo abahungu batatu ba Seruya ari bo Yowabu na Abishayi na Asaheli, bari muri iyo ntambara. Asaheli yanyarukaga nk’ingeragere,

19 ni ko gukurikirana Abuneri nta gukebakeba.

20 Nuko Abuneri akebutse aramubaza ati: “Mbese ni wowe Asaheli we?”

Aramusubiza ati: “Ni jye.”

21 Abuneri aramubwira ati: “Reka kunkurikirana, genda usumire umwe mu ngabo zanjye umucuze ibyo afite.” Ariko Asaheli ntiyabyitaho akomeza kumukurikirana.

22 Abuneri arongera aramubwira ati: “Waretse rwose kunkurikirana! Kuki ushaka ko nkwica? Nazongera nte kurebana na mukuru wawe Yowabu?”

23 Nyamara Asaheli ntiyareka kumusatira. Nuko Abuneri amutikura umuhunda w’icumu mu nda uhinguka mu mugongo, Asaheli yikubita hasi arapfa. Abantu bose bageze aho Asaheli yaguye bakahahagarara.

24 Ariko Yowabu na Abishayi bakurikirana Abuneri, izuba rirenga bageze ku musozi wa Ama uteganye n’i Giya, ku nzira ijya mu butayu bw’i Gibeyoni.

25 Ingabo z’Ababenyamini zikoranira iruhande rwa Abuneri, ziremamo umutwe umwe mu mpinga y’umusozi.

26 Abuneri ahamagara Yowabu aramubaza ati: “Tuzageza he kwicana? Mbese ibyo ntibizatuzanira ingaruka mbi? Utegereje iki kugira ngo ubwire abantu bawe be gukomeza gukurikirana abavandimwe babo?”

27 Yowabu aramusubiza ati: “Ndahiye Imana ihoraho ko iyo utaza kuvuga ayo magambo, ingabo zanjye zari gurikirana abavandimwe babo kugeza mu gitondo.”

28 Nuko Yowabu avuza ihembe, ingabo ze zireka gukurikirana Abisiraheli, intambara irangira ityo.

29 Muri iryo joro Abuneri n’ingabo ze bamanuka mu kibaya cya Yorodani bambuka uruzi, bambukiranya Bitironi bagera i Mahanayimu.

30 Yowabu amaze kureka gukurikirana Abuneri akoranya ingabo, mu ngabo za Dawidi haburamo abantu cumi n’icyenda na Asaheli.

31 Nyamara zari zishe abantu magana atatu na mirongo itandatu mu Babenyamini no mu ngabo za Abuneri.

32 Nuko bajyana umurambo wa Asaheli, bawushyingura mu mva ya se i Betelehemu. Hanyuma Yowabu n’ingabo ze bagenda ijoro ryose, bucya bageze i Heburoni.

Categories
2 Samweli

2 Samweli 3

1 Intambara imara igihe kirekire hagati y’abashyigikiye abo kwa Sawuli n’abashyigikiye Dawidi. Dawidi yagendaga agwiza amaboko, naho abo kwa Sawuli bakarushaho gucika intege.

Abahungu Dawidi yabyariye i Heburoni

2 Dore abahungu Dawidi yabyariye i Heburoni: uw’impfura ni Amunoni yabyaranye na Ahinowamu w’i Yizerēli,

3 uwa kabiri ni Kileyabu yabyaranye na Abigayile wahoze ari muka Nabali w’i Karumeli, uwa gatatu ni Abusalomu yabyaranye na Māka umukobwa wa Talumayi umwami wa Geshuri,

4 uwa kane ni Adoniya yabyaranye na Hagita, uwa gatanu ni Shefatiya yabyaranye na Abitali,

5 naho uwa gatandatu ni Yitereyamu yabyaranye na Egila. Ngabo abahungu Dawidi yabyariye i Heburoni.

Abuneri yiyunga na Dawidi

6 Mu ntambara yabaye hagati y’ab’inzu ya Sawuli n’iya Dawidi, Abuneri yakomeje kugenda arushaho kwamamara mu bo kwa Sawuli.

7 Sawuli yari afite inshoreke yitwaga Risipa, umukobwa wa Aya. Umunsi umwe Ishibosheti abaza Abuneri ati: “Kuki wahangaye kuryamana n’inshoreke ya data?”

8 Abuneri arakazwa cyane n’ayo magambo ya Ishibosheti, aramubwira ati: “Ese wibwira ko ndi umugambanyi ukorera Abayuda? Kugeza ubu sinigeze ntenguha inzu ya so Sawuli n’abavandimwe be n’incuti ze. Nta cyo ntakoze ngo utagwa mu maboko ya Dawidi, none unshinje ko naryamanye n’uyu mugore?

9 Imana impane yihanukiriye nintasohoza ibyo Uhoraho yarahiye Dawidi,

10 ari byo gukura ubwami mu muryango wa Sawuli kugira ngo Dawidi yime ingoma, aganze muri Isiraheli no mu Buyuda kuva i Dani mu majyaruguru ukageza i Bērisheba mu majyepfo.”

11 Ishibosheti ntiyabasha kugira icyo amusubiza kuko yamutinyaga.

12 Abuneri ahera ko yohereza intumwa kuri Dawidi, ziramubwira ziti: “Ese iki gihugu si icyawe? Reka tugirane amasezerano nzagufashe kwigarurira Isiraheli yose.”

13 Dawidi aramusubiza ati: “Ndabyemeye, nzagirana nawe amasezerano, ariko ntuzantunguke imbere utazanye umugore wanjye Mikali, umukobwa wa Sawuli.”

14 Nuko Dawidi yohereza intumwa kuri Ishibosheti mwene Sawuli, aramubwira ati: “Nyoherereza umugore wanjye Mikali nakoye ibinyita ijana by’Abafilisiti.”

15 Ishibosheti ategeka ko bavana Mikali ku mugabo we Palitiyeli mwene Layishi.

16 Palitiyeli agenda arira aherekeje umugore we kugera i Bahurimu. Bahageze Abuneri aramubwira ati: “Subira iwawe”. Nuko Palitiyeli asubirayo.

17 Hanyuma Abuneri akoranya abakuru b’Abisiraheli, arababwira ati: “Hashize igihe mushaka ko Dawidi ababera umwami,

18 none ngaho nimusohoze icyifuzo cyanyu! Uhoraho yamuvuzeho ati: ‘Umugaragu wanjye Dawidi ni we uzakura ubwoko bwanjye bw’Abisiraheli mu maboko y’Abafilisiti, n’abandi banzi babo bose.’ ”

19 Abuneri abyemeza n’Ababenyamini, hanyuma ajya i Heburoni, atekerereza Dawidi iby’uwo mugambi wemejwe n’Abisiraheli ndetse n’Ababenyamini bose.

20 Yageze i Heburoni kwa Dawidi aherekejwe n’abantu makumyabiri, Dawidi abakorera umunsi mukuru.

21 Abuneri aramubwira ati: “Nyagasani, reka ngende nkoranyirize hamwe Abisiraheli bose bagirane nawe amasezerano, bityo uzategeke igihugu cyose nk’uko ubyifuza.” Dawidi aramusezerera, Abuneri agenda amahoro.

Yowabu yica Abuneri

22 Nyuma y’ibyo Yowabu n’izindi ngabo za Dawidi baratabaruka, bazana iminyago myinshi. Ariko Abuneri ntiyari akiri i Heburoni kwa Dawidi, kuko yari yasezerewe akigendera amahoro.

23 Yowabu n’ingabo bari kumwe bakihagera, bamusanganiza inkuru ko Abuneri mwene Neri yaje kubonana n’umwami, maze akamureka akigendera amahoro.

24 Yowabu ahita asanga umwami aramubaza ati: “Ibyo wakoze ni ibiki? Kubona Abuneri aza iwawe ukamureka akagenda!

25 Buriya uzi ko Abuneri mwene Neri yazanywe no kukwinja kugira ngo agutate, amenye itabara n’itabaruka ryawe ndetse n’icyo ukora cyose!”

26 Yowabu avuye ibwami yohereza intumwa ngo zikurikire Abuneri, ariko Dawidi ntiyari abizi. Bamugarurira ku iriba rya Sira.

27 Abuneri akigera ku irembo rya Heburoni, Yowabu aramwihererana nk’ufite icyo agiye kumubwira mu ibanga, maze amusogota mu nda aramwica. Bityo Yowabu aba ahoreye murumuna we Asaheli.

28 Dawidi abimenye aravuga ati: “Uhoraho azi ko jye n’ubwami bwanjye, turi abere rwose ku byerekeye urupfu rwa Abuneri mwene Neri.

29 Amaraso ye azahame Yowabu n’ab’inzu ye. Mu bazamukomokaho ntihakaburemo urwaye kuninda cyangwa indwara z’uruhu zanduza, cyangwa uwamugaye cyangwa uwicwa n’inkota cyangwa inzara.”

30 Yowabu na mukuru we Abishayi bishe Abuneri, bamuhōra ko yari yarishe murumuna wabo Asaheli mu ntambara y’i Gibeyoni.

Dawidi aririra Abuneri

31 Dawidi abwira Yowabu n’abari kumwe na we bose ati: “Nimushishimure imyambaro yanyu, mwambare imyambaro yerekana akababaro muririre Abuneri.” Nuko Umwami Dawidi na we aherekeza umurambo wa Abuneri,

32 bawuhamba i Heburoni. Dawidi ahacurira umuborogo, n’abari kumwe na we bose bararira.

33 Umwami ahimba indirimbo yo kuririra Abuneri agira ati:

“Abuneri upfuye urw’abatagira ubwenge koko?

34 Ntiwari uboshye amaboko cyangwa amaguru,

ariko upfuye nk’uguye mu gico cy’abagizi ba nabi.”

Nuko abantu bose bakomeza kuririra Abuneri.

35 Hanyuma binginga Dawidi ngo afungure butarira, ariko ararahira ati: “Imana impane yihanukiriye ningira icyo nkoza ku munwa izuba ritararenga.”

36 Abantu bose babimenye barabishima, nk’uko n’ubundi bajyaga banyurwa n’ibyo Dawidi yakoraga byose.

37 Ibyo byatumye Abayuda n’Abisiraheli bose bamenya ko atari umwami wicishije Abuneri mwene Neri.

38 Nuko umwami arakomeza abwira ibyegera bye ati: “Mbese ntimuzi ko twapfushije Umwisiraheli w’intwari akaba n’igikomangoma?

39 Nanjye ubwanjye nubwo ndi umwami nkaba narimikishijwe amavuta, bene Seruya bariya barananiye! Ariko Uhoraho azaba ari we ubahana akurikije ibibi bakoze.”

Categories
2 Samweli

2 Samweli 4

Urupfu rwa Ishibosheti

1 Ishibosheti mwene Sawuli yumvise ko Abuneri yapfiriye i Heburoni, acika intege n’Abisiraheli bose bahagarika umutima.

2 Mu batware b’ingabo za Ishibosheti harimo abavandimwe babiri, umwe yitwaga Bāna undi akitwa Rekabu. Bari bene Rimoni w’i Bēroti w’Umubenyamini. Bēroti yabaye umujyi w’Ababenyamini,

3 kuva igihe abaturage bayo bahungiraga i Gitayimu bakahatura kugeza n’ubu.

4 Yonatani mwene Sawuli yari afite umuhungu witwaga Mefibosheti. Igihe umuntu yavaga i Yizerēli akabika Sawuli na Yonatani, uwareraga Mefibosheti aramuterura kugira ngo amuhungane, kubera ko yihutaga umwana aramucika yikubita hasi, bimuviramo kumugara amaguru yombi. Icyo gihe Mefibosheti yari amaze imyaka itanu avutse.

5 Bāna na Rekabu bene Rimoni w’i Bēroti bajya kwa Ishibosheti, bagerayo ku manywa y’ihangu igihe yari aryamye aruhutse.

6-7 Abo bavandimwe bagezeyo, binjira mu nzu nk’abagiye gushaka ingano. Basanga Ishibosheti mu cyumba cye cy’uburiri aho yari aryamye, bamusogota mu nda baramwica, bamuca igihanga bagihungana ijoro ryose, banyuze mu kibaya cya Yorodani.

8 Bagishyīra Dawidi i Heburoni baramubwira bati: “Nyagasani, dore igihanga cy’umwanzi wawe Ishibosheti mwene Sawuli, washakaga kukwica. Uyu munsi Uhoraho yaguhoreye kuri Sawuli n’urubyaro rwe.”

9 Dawidi arababwira ati: “Ndahiye Uhoraho wankijije mu makuba yose,

10 ko ubwo Sawuli yapfaga uwaje kumumbikira yibwiraga ko anzaniye inkuru nziza. Nyamara naramufashe mwicira i Sikulagi, ibyo ni byo byabaye ibihembo by’inkuru ye.

11 None se nk’abagizi ba nabi biciye umuntu w’intungane mu nzu ye bakamutsinda ku buriri bwe, nabura nte kubahora amaraso ye ngo mbakure ku isi?”

12 Dawidi ategeka ingabo ze kwica Bāna na Rekabu, hanyuma zibaca ibiganza n’ibirenge zibamanika iruhande rw’icyuzi cy’i Heburoni. Nuko zifata cya gihanga cya Ishibosheti zigihamba mu mva ya Abuneri i Heburoni.

Categories
2 Samweli

2 Samweli 5

Dawidi aba umwami wa Isiraheli

1 Imiryango yose y’Abisiraheli yohereza abantu kuri Dawidi i Heburoni, baramubwira bati: “Dore turi amaraso amwe.

2 Byongeye kandi mu gihe Sawuli yari umwami wacu, ni wowe wayoboraga ingabo z’Abisiraheli ku rugamba, ndetse Uhoraho yarakubwiye ati: ‘Ni wowe uzayobora ubwoko bwanjye bw’Abisiraheli, ni nawe uzategeka Isiraheli.’ ”

3 Nuko abakuru bose b’Abisiraheli basanga Umwami Dawidi i Heburoni, bagirana amasezerano mu izina ry’Uhoraho. Bamwimikisha amavuta aba umwami w’Abisiraheli.

4 Dawidi yabaye umwami amaze imyaka mirongo itatu avutse, amara imyaka mirongo ine ku ngoma.

5 I Heburoni yahamaze imyaka irindwi n’amezi atandatu ari umwami w’u Buyuda, indi myaka mirongo itatu n’itatu ayimara i Yeruzalemu ari umwami wa Isiraheli n’u Buyuda.

Dawidi yigarurira Yeruzalemu

6 Umwami Dawidi ajyana n’ingabo ze i Yeruzalemu, batera Abayebuzi bari bahatuye. Abayebuzi bari barabwiye Dawidi bati: “Ntuzabasha kwinjira muri uyu mujyi, ndetse abo muri twe b’impumyi n’ibirema bazakwirukana.” Bibwiraga ko Dawidi atabasha kuhigarurira.

7 Nyamara Dawidi yigaruriye ikigo ntamenwa cy’i Siyoni, ari cyo cyiswe Umurwa wa Dawidi.

8 Yari yavuze ati: “Umuntu ushaka gutsinda Abayebuzi agomba kunyura mu muyoboro w’amazi. Naho izo mpumyi n’ibyo birema mbanga urunuka.” Ni yo mpamvu bavuga ngo “Ntihakagire impumyi cyangwa ikirema binjira mu ngoro y’umwami.”

9 Dawidi atura muri icyo kigo ntamenwa, acyita Umurwa wa Dawidi. Yubakisha n’andi mazu uhereye i Miloukageza aho yari atuye.

10 Dawidi agenda arushaho gukomera, kuko Uhoraho Imana Nyiringabo yari kumwe na we.

11 Hiramu umwami w’i Tiri yohereza intumwa kuri Dawidi zimushyiriye ibiti by’amasederi, amwoherereza ababaji n’abaconzi b’amabuye, kugira ngo bubakire Dawidi ingoro.

12 Nuko Dawidi amenya ko Uhoraho yamwimitse kugira ngo abe umwami w’Abisiraheli, kandi ko Imana yakomeje ubwami bwe kubera Abisiraheli ubwoko bwayo.

Abana Dawidi yabyariye i Yeruzalemu

13 Dawidi ageze i Yeruzalemu avuye i Heburoni yongera kugira inshoreke, arongora n’abandi bagore babyarana abahungu n’abakobwa.

14 Dore amazina y’abavukiye i Yeruzalemu: Shamuwa na Shobabu, na Natani na Salomo,

15 na Yibuhari na Elishuwa, na Nefegi na afiya,

16 na Elishama na Eliyada na Elifeleti.

Dawidi atsinda Abafilisiti

17 Abafilisiti bumvise ko Dawidi yimitswe kugira ngo abe umwami w’Abisiraheli, baramutera. Dawidi abimenye ajya mu kigo ntamenwa.

18 Abafilisiti baraza bashinga ibirindiro mu kibaya cy’Abarefa.

19 Dawidi abaza Uhoraho ati: “Mbese njye gutera Abafilisiti urabangabiza mbatsinde?”

Uhoraho aramusubiza ati: “Genda ubatere, nzabakugabiza ubatsinde nta kabuza.”

20 Nuko Dawidi ajya i Bāli-Perasimu aba ari ho abatsindira Abafilisiti. Aravuga ati: “Uhoraho aciye icyuho mu banzi banjye nk’ahashenywe n’isuri.” Ni cyo cyatumye aho hantu bahita Bāli-Perasimu.

21 Abafilisiti bahasiga ibigirwamana byabo, Dawidi n’ingabo ze barabijyana.

22 Abafilisiti bongera gutera, bashinga ibirindiro mu kibaya cy’Abarefa.

23 Dawidi abaza Uhoraho, Uhoraho aramusubiza ati: “Ntubatere muhanganye, ahubwo ubaturuke inyuma ahateganye n’ishyamba.

24 Niwumva imirindi y’abantu mu biti uhite ugaba igitero, ndaba nkuri imbere kugira ngo nkugabize ingabo z’Abafilisiti.”

25 Dawidi abigenza nk’uko Uhoraho yamutegetse, atsinda Abafilisiti arabirukana kuva i Geba kugeza i Gezeri.

Categories
2 Samweli

2 Samweli 6

Isanduku y’Isezerano igera i Yeruzalemu

1 Dawidi yongera gukoranya intwari zose zo mu ngabo z’Abisiraheli, zigera ku bihumbi mirongo itatu.

2 Ajyana na zo i Bālamu Buyuda kuzana Isanduku y’Imana, yitirirwa izina ry’Uhoraho Nyiringabo, uganje hagati y’amashusho y’abakerubi.

3 Bayikura kwa Abinadabu wari utuye mu mpinga y’umusozi, bayishyira mu igare rishya rikururwa n’ibimasa. Uza na Ahiyo abahungu ba Abinadabu, bayobora iryo gare.

4 Bayikuye mu nzu kwa Abinadabu, Ahiyo ayijya imbere.

5 Dawidi n’abandi Bisiraheli bose bari kumwe bishimira imbere y’Isanduku y’Uhoraho, bacuranga inanga z’amoko yose zirimo inanga z’indoha n’inanga nyamuduri, bavuza n’ishakwe n’ibinyuguri n’ibyuma birangīra.

6 Bageze ku mbuga y’i Nakoni, ibimasa byakururaga igare biratsikira, Uza arambura ukuboko afata Isanduku y’Imana kugira ngo ayiramire.

7 Uhoraho arakarira Uza cyane, amutsinda aho amuhoye icyo cyaha. Nuko Uza agwa iruhande rw’Isanduku y’Imana.

8 Dawidi ababazwa n’uko Uhoraho yishe Uza, aho hantu bahita Peresi-Uza. Ni ryo zina ryaho na n’ubu.

9 Uwo munsi Dawidi atinya Uhoraho, ni ko kwibaza ati: “Isanduku y’Uhoraho yaza iwanjye ite?”

10 Ahitamo kutayijyana mu Murwa wa Dawidi, ahubwo ayijyana kwa Obedi-Edomu w’Umunyagati.

11 Isanduku y’Uhoraho imarayo amezi atatu, Uhoraho aha umugisha Obedi-Edomu n’abe bose.

12 Hanyuma Umwami Dawidi amenya ko Uhoraho yahaye umugisha urugo rwa Obedi-Edomu n’ibye byose kubera Isanduku y’Imana. Nuko ajya kwa Obedi-Edomu avanayo Isanduku y’Imana, bayijyana mu Murwa wa Dawidi bishimye cyane.

13 Abayihetse bamaze gutera intambwe esheshatu, Dawidi atamba impfizi n’inyana y’umushishe.

14 Dawidi abyinira imbere y’Isanduku y’Uhoraho yitakuma cyane, yambaye igishura cy’abatambyi.

15 We n’abandi Bisiraheli bose baherekeza Isanduku y’Uhoraho, bavuza impundu n’amakondera.

16 Igihe Isanduku y’Uhoraho yinjiraga mu Murwa wa Dawidi, Mikali umukobwa wa Sawuli arebera mu idirishya, abona Umwami Dawidi abyina yitakuma imbere y’Isanduku y’Uhoraho aramugaya.

17 Isanduku imaze kuhagera bayishyira mu ihema Dawidi yayiteguriye. Dawidi atambira Uhoraho ibitambo bikongorwa n’umuriro, n’iby’umusangiro.

18 Arangije gutamba ibyo bitambo, asabira abantu umugisha mu izina ry’Uhoraho Nyiringabo.

19 Nuko agaburira Abisiraheli bose bahateraniye, buri mugabo na buri mugore ahabwa umugati n’inyama n’umubumbe w’imizabibu. Hanyuma bose barataha.

20 Dawidi na we arataha asabira abo mu rugo rwe umugisha, maze Mikali umukobwa wa Sawuli aza kumusanganira, aramubwira ati: “Mbega ngo uyu munsi umwami w’Abisiraheli arihesha icyubahiro yitakuma, akagaragaza ubwambure bwe imbere y’abaja n’abagaragu be nk’umuntu udafite agaciro!”

21 Dawidi abwira Mikali ati: “Nzabyinira Uhoraho wantoranyije akandutisha so n’umuryango we wose, kugira ngo nyobore ubwoko bwe bw’Abisiraheli.

22 Ku bwanjye nzakomeza kwiyoroshya no kwicisha bugufi, nyamara ibyo ntibizambuza kubahwa n’abo baja uvuga.”

23 Mikali umukobwa wa Sawuli ntiyigeze abyara arinda apfa.

Categories
2 Samweli

2 Samweli 7

Isezerano Uhoraho yasezeranyije Dawidi n’urubyaro rwe

1 Umwami Dawidi amaze gutura mu ngoro ye, Uhoraho amuha amahoro amurinda abanzi bose.

2 Dawidi abwira umuhanuzi Natani ati: “Dore ntuye mu ngoro yubakishijwe amasederi, naho Isanduku y’Imana iba mu ihema.”

3 Natani aramusubiza ati: “Genda ukore uko ubitekereza, kuko Uhoraho ari kumwe nawe.”

4 Nyamara iryo joro Uhoraho abwira Natani ati:

5 “Genda umbwirire umugaragu wanjye Dawidi uti: ‘Ntabwo ari wowe uzanyubakira inzu nzabamo.

6 Kuva igihe navaniye Abisiraheli mu Misiri kugeza n’ubu sinigeze mba mu nzu, ahubwo aho bimukiraga hose niberaga mu ihema.

7 None se muri icyo gihe cyose, hari n’umwe mu bayobozi nashyizeho kuyobora ubwoko bwanjye bw’Abisiraheli, nigeze mbaza impamvu mutanyubakira inzu y’amasederi?’

8 None rero ubwire umugaragu wanjye Dawidi uti: ‘Ni jye Uhoraho Nyiringabo wakwikuriye mu rwuri aho wari uragiye intama, nkugira umuyobozi w’ubwoko bwanjye bw’Abisiraheli.

9 Aho wajyaga hose sinigeze ngutererana, nagutsindiye abanzi bose kandi nzakugira umwe mu birangirire byo ku isi.

10 Igihugu cy’ubwoko bwanjye bw’Abisiraheli nzacyāgura nkibatuzemo mu mahoro. Abagome ntibazongera kubakandamiza nka kera,

11 igihe nari narashyizeho abacamanza bo kuyobora ubwoko bwanjye bw’Abisiraheli. Nawe nzakurinda abanzi bawe bose. Jyewe Uhoraho ngusezeranyije ko abagukomokaho bazahora basimburana ku ngoma.

12 Numara gupfa ugashyingurwa hamwe na ba sokuruza, nzatoranya umwe mu rubyaro rwawe agusimbure ku ngoma, kandi nzakomeza ubwami bwe.

13 Uwo ni we uzanyubakira inzu, nanjye nzakomeza ingoma ye iteka.

14 Nzamubera Se na we ambere umwana, nakosa nzamuhana nk’uko umubyeyi ahana umwana we.

15 Sinzigera mukuraho icyizere nk’uko nacyambuye Sawuli ubwo namurekaga nkamugusimbuza.

16 Abazagukomokaho bazahora basimburana ku ngoma, kandi ubwami bwawe buzahoraho iteka.’ ”

17 Natani abwira Dawidi ayo magambo yose nk’uko yayahishuriwe.

Isengesho rya Dawidi

18 Umwami Dawidi arinjira apfukama imbere y’Uhoraho, arasenga ati: “Nyagasani Uhoraho, ari jye ari n’umuryango wanjye, kugeza ubu ntitwari dukwiriye ibi byiza byose utugirira.

19 Nyamara wowe Nyagasani Uhoraho, wabonye ko ibyo bidahagije umpa Isezerano ryo kugirira neza ab’umuryango wanjye mu bihe bizaza. Koko iyo ni inyigisho uhaye umuntu, Nyagasani Uhoraho.

20 Nkubwire iki se kandi Nyagasani Uhoraho, ko jye umugaragu wawe unzi neza?

21 Ku bw’Isezerano ryawe n’ubushake bwawe wankoreye ibikomeye, urabimenyesha jyewe umugaragu wawe.

22 Nyagasani Uhoraho, erega urakomeye, nta we muhwanye! Koko nta yindi mana ibaho itari wowe nk’uko twabyiyumviye.

23 Mbese ku isi hari undi muryango uhwanye n’ubwoko bwawe bw’Abisiraheli? Ni ubwoko Imana yicunguriye ibugira ubwayo, yimenyekanisha ikorera igihugu cyawe ibikomeye kandi bitangaje imbere y’abantu bawe, ibavana mu Misiri imbere y’abanyamahanga n’imbere y’ibigirwamana byabo.

24 Uhoraho, Abisiraheli wabagize ubwoko bwawe iteka ryose, nawe uba Imana yabo.

25 None Uhoraho Mana, usohoze ibyo umvuzeho, n’abazankomokaho uzabakomereze iryo Sezerano iteka ryose.

26 Izina ryawe rizakuzwa iteka ryose bavuge bati: ‘Uhoraho Nyiringabo ni we Mana y’Abisiraheli.’ Byongeye kandi, uhe umuryango wanjye gukomera imbere yawe.

27 Koko ni wowe Uhoraho Nyiringabo Imana y’Abisiraheli wanyihishuriye, urambwira uti: ‘Abazagukomokaho nzabaha gusimburana ku ngoma.’ Ni cyo gitumye mpangāra kugusenga.

28 Nyagasani Uhoraho, ni wowe Mana kandi ibyo uvuga ni ukuri, kandi nanjye umugaragu wawe unsezeranyije ibyiza.

29 Nuko rero Nyagasani, uhe umugisha ab’umuryango wanjye kugira ngo baguhore imbere iteka ryose. Koko Nyagasani Uhoraho, wavuze ko uzaha umugisha ab’umuryango wanjye iteka ryose.”

Categories
2 Samweli

2 Samweli 8

Dawidi atsinda ibihugu bimukikije

1 Nyuma y’ibyo Dawidi yatsinze Abafilisiti, arabacogoza abanyaga ahitwa Metegama,

2 atsinda n’Abamowabu. Yabategekaga kurambarara hasi, maze mu bantu batatu akajya yicamo babiri akarokora umwe. Kuva ubwo Abamowabu baba abagaragu ba Dawidi bakajya bamuha imisoro.

3 Yatsinze na Hadadezeri mwene Rehobu umwami w’i Soba. Icyo gihe yashakaga kwigarurira akarere k’uruzi rwa Efurati.

4 Nuko Dawidi amunyaga amagare y’intambara igihumbi, n’abarwanira ku mafarasi ibihumbi birindwi, n’ingabo zagenzaga amaguru ibihumbi makumyabiri. Dawidi atema ibitsi by’amafarasi yakururaga amagare, asiga ijana gusa.

5 Abanyasiriya b’i Damasi baza gutabara Hadadezeri umwami w’i Soba, maze Dawidi abicamo abantu ibihumbi makumyabiri na bibiri.

6 Dawidi ashyiraho ibigo by’ingabo i Damasi muri Siriya, maze Abanyasiriya baba abagaragu be bakajya bamuha imisoro. Aho Dawidi yateraga hose Uhoraho yamuhaga gutsinda.

7 Dawidi anyaga ingabo zicuzwe mu izahabu z’abagaba b’ingabo ba Hadadezeri, azijyana i Yeruzalemu.

8 Anyaga n’imiringa myinshi i Beta n’i Berotayi, imijyi yategekwaga na Hadadezeri.

9 Towu umwami wa Hamati yumvise ko Dawidi yatsinze ingabo zose za Hadadezeri,

10 yohereza umuhungu we Yoramu kumuramukiriza Umwami Dawidi, no kumushimira ko yatsinze Hadadezeri wahoraga arwanya Towu. Yoramu ashyīra Dawidi amaturo y’ibintu bikozwe mu ifeza no mu izahabu no mu muringa.

11 Umwami Dawidi abyegurira Uhoraho nk’uko yari yamweguriye ifeza n’izahabu, yari yaranyaze mu mahanga yose yagiye atsinda,

12 ari yo Abanyasiriya n’Abamowabu, n’Abamoni n’Abafilisiti n’Abamaleki, n’iminyago yakuye kwa Hadadezeri mwene Rehobu umwami w’i Soba.

13 Dawidi yongera kuba icyamamare, ubwo yiciraga Abedomuibihumbi cumi n’umunani mu kibaya cy’Umunyu.

14 Nuko ashyiraho ibigo by’ingabo muri Edomu hose, maze Abedomu bose baba abagaragu be. Aho Dawidi yateraga hose Uhoraho yamuhaga gutsinda.

Ibyegera bya Dawidi

15 Dawidi yabaye umwami w’igihugu cyose cya Isiraheli, ategeka abantu be bose mu butabera n’ubutungane.

16 Yowabu mwene Seruya yari umugaba w’ingabo. Yehoshafati mwene Ahiludi yari umuvugizi w’ibwami.

17 Sadoki mwene Ahitubu na Ahimeleki mwene Abiyatari bari abatambyi, Seraya ari umunyamabanga.

18 Benaya mwene Yehoyada yari umugaba w’ingabo zarindaga Dawidi zigizwe n’Abakereti n’Abapeleti, abahungu ba Dawidi na bo bari ibyegera bye.

Categories
2 Samweli

2 Samweli 9

Dawidi agirira neza Mefibosheti

1 Igihe kimwe Dawidi arabaza ati: “Mbese hari umuntu wo mu muryango wa Sawuli waba ukiriho, kugira ngo nzamugirire neza nitūra Yonatani?”

2 Bamuzanira umwe mu bari abagaragu ba Sawuli witwa Siba, Dawidi aramubaza ati: “Ni wowe Siba?”

Aramusubiza ati: “Ni jye databuja”

3 Umwami aramubaza ati: “Mbese nta muntu wo mu muryango wa Sawuli waba akiriho, kugira ngo mugirire neza nk’uko nabisezeraniye Imana?”

Siba aramusubiza ati: “Umuhungu wa Yonatani waremaye amaguru yombi, ni we wenyine ukiriho.”

4 Umwami arongera aramubaza ati: “Aba he?”

Siba aramusubiza ati: “Aba i Lodebarikwa Makiri mwene Amiyeli.”

5 Umwami Dawidi yohereza abajya kumuzanira uwo muhungu.

6 Nuko Mefibosheti mwene Yonatani mwene Sawuli ageze ibwami, yikubita imbere ya Dawidi yubamye. Dawidi aravuga ati: “Mefibosheti!”

Undi ati: “Karame, umugaragu wawe ndi hano!”

7 Dawidi aramubwira ati: “Humura, nzakugirira neza nitūra so Yonatani. Nzagusubiza isambu yose ya sogokuru wawe Sawuli, kandi tuzahora dusangira ku meza yanjye.”

8 Mefibosheti amwikubita imbere aramubwira ati: “Databuja, ndi iki byatuma unyitaho utyo ko ndi nk’imbwa yipfiriye?”

9 Umwami ni ko guhamagaza Siba wa mugaragu wa Sawuli aramubwira ati: “Ibyari ibya Sawuli byose n’iby’abo mu muryango we byose mbihaye uyu mwuzukuru wa shobuja.

10 Wowe n’abahungu bawe n’abagaragu bawe muzajya mumuhingira, mumusarurire kugira ngo atazasonza. Byongeye kandi Mefibosheti umwuzukuru wa shobuja, afite uburenganzira bwo gusangira nanjye iminsi yose.”

Siba uwo yari afite abahungu cumi na batanu n’abagaragu makumyabiri,

11 nuko asubiza umwami ati: “Nyagasani, ibyo untegetse byose nzabikora.”

Mefibosheti yariraga ibwami nk’umwana w’umwami.

12 Yari afite umwana muto w’umuhungu witwaga Mika, ab’umuryango wa Siba bose bakoreraga Mefibosheti.

13 Mefibosheti yari yararemaye amaguru yombi, akibera i Yeruzalemu kuko yasangiraga n’umwami iminsi yose.

Categories
2 Samweli

2 Samweli 10

Intumwa za Dawidi zisuzugurwa

1 Nyuma y’ibyo Nahashi umwami w’Abamoni arapfa, umuhungu we Hanuni amusimbura ku ngoma.

2 Dawidi aravuga ati: “Nzagirira neza Hanuni mwene Nahashi, mwitūra ineza se yangiriye.” Nuko yohereza intumwa kugira ngo zifatanye na we mu kababaro gatewe n’urupfu rwa se. Intumwa za Dawidi zigera mu gihugu cy’Abamoni.

3 Nyamara abatware b’Abamoni babaza Hanuni bati: “Ese ubona ko Dawidi yarohereje aba bantu kwifatanya nawe mu kababaro, kubera ko yubahaga so? Aho ntibaba baje kugenzura no gutata umurwa kugira ngo bazabone uko bawigarurira?”

4 Nuko Hanuni afata intumwa za Dawidi azogosha ubwanwa, imyambaro yazo ayikatira munsi y’urukenyerero, maze arazohereza.

5 Dawidi amenye ibyabaye ku bagaragu be, yohereza abantu bo kubasanganira kuko bari bakozwe n’isoni cyane. Umwami abatumaho ati: “Mugume i Yeriko kugeza igihe ubwanwa bwanyu buzaba bumaze kumera, maze mubone kugaruka.”

Dawidi atsinda Abamoni n’Abanyasiriya

6 Abamoni babonye ko batumye Dawidi abazinukwa, batuma ku Banyasiriya kugira ngo babashakire abacancuro. I Beti-Rehobu n’i Soba haboneka ibihumbi makumyabiri bagenza amaguru, umwami wa Māka abaha igihumbi, naho i Tobu haboneka ibihumbi cumi na bibiri.

7 Dawidi abimenye yohereza Yowabu n’ingabo z’intwari zose bagaba igitero.

8 Abamoni na bo barasohoka bashinga ibirindiro ku marembo y’umujyi wabo. Ba Banyasiriya b’i Soba n’ab’i Beti-Rehobu, n’ab’i Tobu n’ab’i Māka bo bari ukwabo ku gasozi.

9 Yowabu abonye ko urugamba rumusatiriye imbere n’inyuma, atoranya ingabo z’intwari mu Bisiraheli, kugira ngo zihangane n’Abanyasiriya.

10 Ingabo zisigaye azishinga mukuru we Abishayi, kugira ngo zihangane n’Abamoni.

11 Yowabu aramubwira ati: “Abanyasiriya nibandusha amaboko untabare, kandi nawe Abamoni nibakurusha amaboko ndagutabara.

12 Ukomere turwane kigabo, turwanirire ubwoko bwacu n’imijyi y’Imana yacu. Uhoraho agenze uko ashaka.”

13 Yowabu n’ingabo ze basatira Abanyasiriya, maze Abanyasiriya barahunga.

14 Abamoni babonye Abanyasiriya bahunze, na bo bahunga ingabo za Abishayi basubira mu mujyi. Yowabu areka kurwanya Abamoni asubira i Yeruzalemu.

15 Abanyasiriya babonye ko batsinzwe n’Abisiraheli, bakoranyiriza hamwe ingabo zabo.

16 Hadadezeri atumiza ingabo z’Abanyasiriya batuye iburasirazuba hakurya y’uruzi rwa Efurati, zikoranira i Helamu. Izo ngabo zose zifatanyije zari ziyobowe na Shobaki umugaba w’ingabo za Hadadezeri.

17 Dawidi abyumvise akoranya ingabo zose z’Abisiraheli, yambuka Yorodani ajya i Helamu. Abanyasiriya bagaba igitero barwana n’ingabo za Dawidi.

18 Nuko Abanyasiriya baratsindwa barahunga, Dawidi abicamo ingabo magana arindwi zirwanira mu magare y’intambara, n’izindi ibihumbi mirongo ine zigendera ku mafarasi. Yica na Shobaki umugaba w’ingabo z’Abanyasiriya.

19 Nuko abami bose bari bifatanyije na Hadadezeri babonye ko batsinzwe, bagirana amasezerano y’amahoro n’Abisiraheli maze barabayoboka. Kuva ubwo Abanyasiriya ntibongera gutabara Abamoni.