Categories
2 Petero

2 Petero 1

Indamutso

1 Jyewe Simoni Petero umugaragu wa Yezu Kristo n’Intumwa ye, ndabandikiye mwebwe mwahawe kumwizera gufite agaciro kamwe n’ukwacu, mubikesha ubutabera bw’Imana yacu na Yezu Kristo Umukiza.

2 Imana nibagirire ubuntu ibahe n’amahoro bisendereye, mubiheshwa no kuyimenya kimwe no kumenya Umwami wacu Yezu.

Guhamagarwa n’Imana no gutoranywa na yo

3 Kubera ububasha bwayo Imana yaduhaye ibya ngombwa byose, kugira ngo tubeho twubaha Imana tubikesha kumenya uwaduhamagaye ngo duhabwe kuikuzo rye no ku kugira neza kwe.

4 Ni cyo cyatumye aduha amasezerano akomeye cyane kandi afite agaciro, kugira ngo nimumara kuyashyikira mugire uruhare kuri kamere y’Imana, bityo mubashe guca ukubiri n’irari ryononnye iyi si.

5 Kubera iyo mpamvu murusheho kugira umwete wo kwizera Imana, maze kwizera Imana mukugerekeho kugira neza, kugira neza mukugerekeho ubumenyi,

6 ubumenyi na bwo mubugerekeho kumenya kwifata, kumenya kwifata mukugerekeho kudacogora, kudacogora mukugerekeho kubaha Imana,

7 maze kubaha Imana mukugerekeho kubana kwa kivandimwe, kubana kwa kivandimwe mukugerekeho urukundo.

8 Nimugira mutyo byimazeyo bizabarinda kuba abanebwe, cyangwa ingumba mu kumenya Umwami wacu Yezu Kristo.

9 Umuntu utagenza atyo aba ari nk’impumyi ireba ibiyegereye gusa, uwo nguwo akaba yibagiwe ko yejejwe agakurwaho ibyaha bye bya kera.

10 Ubwo bimeze bityo bavandimwe, mushishikarire kwemeza abantu ibikorwa byanyu kugira ngo bamenye ko muri abo Imana yahamagaye ikabatoranya. Nimugenza mutyo nta kizabavana kuri Kristo.

11 Ahubwo bizabahesha kwakiranwa ubwuzu mu bwami buhoraho bwa Yezu Kristo, ari we Mwami n’Umukiza wacu.

12 Ni yo mpamvu nzahora mbibutsa ibyo ngibyo nubwo musanzwe mubizi, kandi mukaba mushinze imizi neza mu kuri mwakiriye.

13 Ndibwira ko ari ngombwa guhora mbakangura, nkabibibutsa igihe cyose nkiriho.

14 Nzi yuko bidatinze ngiye kwimuka nkava muri uyu mubiri nsembereyemo, ni na ko Umwami wacu Yezu Kristo yansobanuriye.

15 Nuko rero nzakora uko nshoboye kose, kugira ngo nimara gupfa muzabashe kujya mwibuka izo nyigisho.

Abarabutswe ikuzo rya Kristo

16 Igihe twabamenyeshaga uko Umwami wacu Yezu Kristo azaza afite ububasha, si imigani yahimbwe n’abantu twabaciriye, ahubwo twabatekerereje ukuntu twiboneye ubuhangange bwe.

17 Icyo gihe Imana Data yamuhaye agaciro n’ikuzo, maze twumva ijwi ry’Imana nyir’ikuzo ry’akataraboneka ivuga iti: “Uyu ni Umwana wanjye nkunda cyane, ni we nishimira.”

18 Igihe twari kumwe na we mu mpinga ya wa musozi w’Imana, ni bwo twiyumviye iryo jwi rivugira mu ijuru.

19 Byongeye kandi turushaho kugirira icyizere ubutumwa bw’abahanuzi. Namwe muzaba mugize neza nimubwitaho, kuko ari nk’itara ryakira ahacuze umwijima, rigakesha ijoro kugeza igihe inyenyeri yo mu rukerera imurikiye imitima yanyu.

20 Mbere ya byose mumenye ko ari nta muntu ubasha kwisobanurira ubuhanuzi bwo mu Byanditswe ubwo ari bwo bwose.

21 Nta buhanuzi bwigeze kuvugwa ku bushake bw’umuntu habe na rimwe. Ahubwo abahanuzi bavugaga ibyo batumwe n’Imana bayobowe na Mwuka Muziranenge.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/2PE/1-c2bfe053e05ae03512ca34c91aed8dae.mp3?version_id=387—

Categories
2 Petero

2 Petero 2

Abigishabinyoma

1 Ariko nk’uko abahanurabinyoma badutse kera muri rubanda, ni ko n’abigishabinyoma bazaduka muri mwe. Bazisuka muri mwe rwihishwa bakwize inyigisho ziyobya kandi zisenya, ndetse bazihakana Umugenga wabo wabacunguye, maze bidatinze bikururireho icyorezo.

2 Benshi bazakurikiza ingeso zabo ziteye isoni, bitume abantu basebya inzira y’ukuri Imana ibayobora.

3 Kubera irari ryabo abo bigishabinyoma bazababwira amagambo bihimbiye bashaka kurya utwanyu. Nyamara kuva kera urubanza rwabo rwarateguwe, kandi kurimbuka bagenewe kuregereje.

4 Abamarayika bakoze ibyaha na bo Imana ntiyabababariye, ahubwo yabaroshye mu nyenga ibafungira mu mwijima baboshye, bategereje gucirwa urubanza.

5 Byongeye kandi Imana ntiyababariye abo ku isi yo mu gihe cya kera, ahubwo abayisuzuguraga yabatsembesheje umwuzure, harokoka Nowa gusa watangazaga ibyo gutunganira Imana, hamwe n’abandi barindwi.

6 Imijyi ya Sodoma na Gomora na yo Imana yarayihannye, irayitwika iyihindura ivu, kugira ngo bibere urugero abiyemeza gusuzugura Imana.

7 Yarokoye Loti w’intungane, wababazwaga n’imibereho iteye isoni y’izo nkozi z’ibibi.

8 Erega uwo muntu w’intungane yari aturanye na bo, agahora abareba kandi abumva! Kubera ko yari intungane, yashengurwaga iminsi yose n’ibikorwa byabo by’ubugome.

9 Bityo Nyagasani azi uburyo bwo kuvana abamwubaha mu bigeragezo, no guteganyiriza abagizi ba nabi igihano, ku munsi Imana izaciraho imanza.

10 Cyane cyane hazahanwa abakurikiza irari baterwa na kamere yabo yandavuye, bagasuzugura ubutegetsi ubwo ari bwo bwose.

Abo bigishabinyoma barahangara cyane kandi barasuzugura. Ntibubaha ibyitwa ibinyakuzo byo mu ijuru, ahubwo barabisebya.

11 Nyamara abamarayika nubwo babarusha cyane imbaraga n’ububasha, bo ntibahangara gutuka ibyo binyakuzo ngo babirege kuri Nyagasani.

12 Ariko abo bantu batuka ibintu kandi batabizi. Bameze nk’inyamaswa zitagira ubwenge, zavukiye gutegwa no gutsembwaho! Koko kandi bazatsembwaho kimwe n’inyamaswa.

13 Kubera ko bagiriye abandi nabi na bo baziturwa kugirirwa nabi. Bishimira kwiyandarika no ku manywa y’ihangu. Igihe basangira namwe ku munsi mukurubakoza abantu isoni, bakanabatesha agaciro kuko bashimishwa n’ubutiriganya.

14 Batwawe umutima n’abagore gito kandi ntibahwema gukora ibyaha, n’abadakomeye babagusha mu mutego. Bazobereye mu kurarikira ibintu. Ni ibivume!

15 Bateshutse inzira iboneye banyura iya Balāmu mwene Bewori, wakunze inyungu zizanwa no gukora ibibi.

16 Icyakora yarakangawe kubera icyo cyaha, kuko indogobe ye isanzwe ari itungo ritavuga yavuze nk’umuntu, ibuza uwo muhanuzi gukora iby’ubusazi.

17 Abo bantu bameze nk’amasōko yakamye, cyangwa ibihu bitwarwa n’inkubi y’umuyaga. Icyo bagenewe ni ukujugunywa mu mwijima w’icuraburindi.

18 Bavuga ibigambo by’ubwirasi bitagira icyo bimara. Bareshya abantu bakoresha irari baterwa na kamere yabo, kugira ngo bagushe mu mutego abamaze igihe gito bitandukanyije n’abanambye mu buyobe.

19 Basezeranira abantu kubakura mu buja, nyamara bo ubwabo bari mu buja bw’ingeso zizabatsembaho. Erega umuntu aba mu buja bw’ikintu cyose cyamuganje!

20 Ubundi abantu baca ukubiri n’iby’isi byonona ingeso, babishobojwe no kumenya Nyagasani Umukiza wacu Yezu Kristo. Nyamara iyo bibaye bityo, nyuma bakongera kubohwa na byo bigasubira kubaganza, imibereho yabo ya nyuma irusha iya mbere kuba mibi.

21 Icyajyaga kubabera cyiza ni ukutigera banyura inzira y’ubutungane kuruta kuyinyura, hanyuma bakayita bakanga itegeko ritagira inenge bari barahawe.

22 Bikababera nka wa mugani uvuga ukuri ngo: “Imbwa isubiye ku birutsi byayo”, kandi ngo: “Ingurube yamaze kuhagirwa isubiye kwigaragura mu byondo”.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/2PE/2-de0713570f9c9e5bfa51119a6c60d9f3.mp3?version_id=387—

Categories
2 Petero

2 Petero 3

Kuza kwa Nyagasani

1 Ncuti nkunda, uru ni urwandiko rwa kabiri mbandikiye. Zombi nazanditse nshaka kubibutsa ibyo mwize, nkabakangurira kubitekerezaho ku buryo buboneye.

2 Ndabibutsa ibyavuzwe kera n’abahanuzi batumwe n’Imana, kimwe n’amabwiriza ya Nyagasani Umukiza wacu mwashyikirijwe n’Intumwa yabatumyeho.

3 Mbere ya byose mumenye ko mu minsi y’imperuka, hazaduka abakobanyi bakurikiza irari ryabo. Bazabakoba

4 bagira bati: “Mbese ntiyasezeranye ko azaza? None se ubu ari he? Ba sogokuruza bacu baritārūye, nyamara kandi ibintu byose bimeze nk’uko byahoze kuva isi ikiremwa.”

5 Abavuga batyo baba biyibagije ko kera Imana yavuze ijambo maze ijuru n’isi bikaremwa. Yaremye isi iyikuye mu mazi kandi ikoresheje amazi.

6 Byongeye kandi amazi ni yo yarenze hejuru y’abari ku isi cya gihe akabahitana.

7 Na none Ijambo ry’Imana ni ryo ryemeza ko ijuru n’isi by’ubu bibikiwe gutsembwa n’umuriro, umunsi abasuzugura Imana bazacirwa iteka bakarimbuka.

8 Ariko ncuti nkunda, hari ikintu kimwe mutagomba kwibagirwa: kuri Nyagasani, umunsi umwe ni nk’imyaka igihumbi, n’imyaka igihumbi ni nk’umunsi umwe.

9 Nyagasani ntatinda gushyitsa amasezerano ye nk’uko bamwe babitekereza. Nyamara ni mwe yihanganira, adashaka ko hagira n’umwe urimbuka, ahubwo ashaka ko bose bihana.

10 Ku munsi wa Nyagasani azaza atunguranye nk’umujura. Uwo munsi ijuru rizavanwaho urusaku ari rwose, ibirigize bihitanwe n’umuriro maze isi na yo n’ibiyirimo byose bitsembwe.

11 Nuko rero ubwo byose bizayoyoka bityo, murumva ukuntu mukwiye kumera. Mbega ukuntu mugomba kuba abaziranenge mukubaha Imana,

12 mutegereza uwo munsi w’Imana mukanawutebutsa! Uwo munsi ijuru rizagurumana, ibiririmo byose bishongeshwe n’icyokere cy’umuriro.

13 Ariko nk’uko Imana yabisezeranye, dutegereje ijuru rishya n’isi nshya, iwabo w’ubutungane.

14 None rero ncuti nkunda ubwo mutegereje ibyo, mukwiriye kugira umwete ngo uwo munsi muzasangwe mu mahoro, nta mugayo ubariho cyangwa inenge.

15 Mumenye yuko igituma Umwami wacu yihangana atyo, ari ukugira ngo mubone uko mukizwa. Ni na ko Pawulo umuvandimwe wacu dukunda, yabibandikiye akoresheje ubwenge Imana yamuhaye.

16 Ni ko yanditse mu nzandiko ze zose, aho yavuze ibyerekeye ibyo ngibyo. Mu nzandiko ze hari amagambo amwe akomeye gusobanurwa, ku buryo abaswa n’abahindagurika bayasobanura amafuti nk’uko bagenza ibindi Byanditswe. Bityo bakizanira icyorezo.

17 Nuko rero ncuti nkunda, muraburiwe. Mwirinde gukururwa n’ubuyobe bw’abantu b’indakoreka, butabatesha ibyo mwishingikirijeho.

18 Ahubwo mutere imbere mu buntu Imana ibagirira no mu kumenya Yezu Kristo Umwami n’Umukiza wacu. Nahabwe ikuzo none n’iteka ryose. Amina.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/2PE/3-15aa11d722a69c46f96d9de38c9dea74.mp3?version_id=387—