Categories
2 Amateka

2 Amateka 11

Ubuhanuzi bwa Shemaya

1 Robowamu ageze i Yeruzalemu atoranya mu muryango wa Yuda n’uwa Benyamini, abagabo ibihumbi ijana na mirongo inani b’abarwanyi kabuhariwe, kugira ngo bajye kurwanya Abisiraheli bo mu majyaruguru bagarurire Robowamu ubwami.

2 Nuko Uhoraho abwira Umuhanuzi Shemaya ati:

3 “Jyana ubu butumwa kwa Robowamu mwene Salomo umwami w’u Buyuda, no ku Bisiraheli bose bo mu muryango wa Yuda n’uwa Benyamini uti:

4 Uhoraho aravuze ngo: ‘Ntimurwanye abavandimwe banyu b’Abisiraheli, ahubwo buri wese nasubire iwe kuko ibyabaye byose ari jye wabiteye.’ ” Bumvira itegeko ry’Uhoraho barataha bareka gutera Yerobowamu.

Robowamu akomeza imijyi

5 Robowamu atura i Yeruzalemu, akomeza imijyi mu Buyuda ayigira ntamenwa. Iyo mijyi ni

6 Betelehemu na Etamu na Tekowa,

7 na Betisuri na Soko na Adulamu,

8 na Gati na Maresha na Zifu,

9 na Adorayimu na Lakishi na Azeka,

10 na Soreya na Ayaloni na Heburoni. Ngiyo imijyi ntamenwa yo mu Buyuda no mu Bubenyamini.

11 Ayizengurutsa inkuta zikomeye, ayishyiramo abatware, ayishyiramo n’ibiribwa n’amavuta na divayi.

12 Muri buri mujyi: yahabitse ingabo n’amacumu maze arayikomeza cyane, yigarurira Abayuda n’Ababenyamini.

Abatambyi n’Abalevi bifatanya na Robowamu

13 Abatambyi n’Abalevi baza bavuye mu gihugu cyose cya Isiraheli, bifatanya na Robowamu.

14 Koko rero Abalevi bari basize imirima yabo n’ibyabo byose, baza i Yeruzalemu no mu gihugu cy’u Buyuda, kuko Yerobowamu n’abahungu be bari barababujije gukora umurimo w’Uhoraho.

15 Icyakora Yerobowamu yishyiriraho abatambyi b’ahasengerwaga, n’ab’ibigirwamana yakoze bisa n’amasekurume n’inyana.

16 Abantu b’imiryango yose y’Abisiraheli bari bafite umwete wo gusenga Uhoraho Imana ya Isiraheli, baza i Yeruzalemu bakurikiye Abalevi, kugira ngo batambire ibitambo Uhoraho Imana ya ba sekuruza.

17 Bityo batera inkunga ubwami bw’u Buyuda, bashyigikira Robowamu mwene Salomo. Ibyo byamaze imyaka itatu. Abo Bisiraheli bamaze iyo myaka bakurikiza imigenzereze ya Dawidi n’iya Salomo.

Umuryango wa Robowamu

18 Robowamu arongora Mahalati umukobwa wa Yerimoti mwene Dawidi, nyina yari Abihayili umukobwa wa Eliyabu mwene Yese.

19 Babyarana abana batatu ari bo Yewushi na Shemariya na Zahamu.

20 Nyuma Robowamu arongora Māka umukobwa wa Abusalomu, babyarana Abiya na Atayi, na Ziza na Shelomiti.

21 Robowamu akundwakaza Māka umukobwa wa Abusalomu, kurusha abandi bagore be bose n’inshoreke ze zose. Yari afite abagore cumi n’umunani n’inshoreke mirongo itandatu, babyarana abahungu makumyabiri n’umunani n’abakobwa mirongo itandatu.

22 Robowamu aha umwanya wa mbere Abiya umuhungu wa Māka, amugira umutware w’abo bava inda imwe, kuko yashakaga ko amusimbura ku ngoma.

23 Robowamu yagize n’igitekerezo cyo gutatanyiriza abandi bahungu be mu mijyi ikomeye y’u Buyuda n’iyo mu ntara y’Ababenyamini, abaha ibyokurya byinshi kandi abashakira abagore benshi.

Categories
2 Amateka

2 Amateka 12

Shishaki umwami wa Misiri atera u Buyuda

1 Robowamu amaze gukomeza ingoma ye ntiyaba acyumvira Amategeko y’Uhoraho, Abisiraheli bose baramukurikiza.

2 Kubera ko bari bacumuriye Uhoraho, mu mwaka wa gatanu Robowamu ari ku ngoma Shishaki umwami wa Misiri atera Yeruzalemu.

3 Shishaki yari ayoboye amagare y’intambara igihumbi na magana abiri, n’abarwanira ku mafarasi ibihumbi mirongo itandatu, n’ingabo zitabarika zivuye mu Misiri, zirimo n’iz’Abanyalibiya n’iz’Abasuki n’iz’Abanyekushi.

4 Afata imijyi ntamenwa y’u Buyuda maze agera i Yeruzalemu.

5 Umuhanuzi Shemaya asanga Robowamu n’abayobozi b’u Buyuda bari bakoraniye i Yeruzalemu bahunga Shishaki, arababwira ati: “Uhoraho aravuze ngo: ‘Mwaranyimūye! Ni cyo gitumye nanjye mbagabiza Shishaki.’ ”

6 Abayobozi b’Abisiraheli ndetse n’umwami bicisha bugufi baravuga bati: “Uhoraho ni Intungane.”

7 Uhoraho abonye ko bicishije bugufi abwira Shemaya ati: “Ubwo bicishije bugufi sinzabarimbura, ahubwo mu minsi mike nzabagoboka maze ndeke kurakarira Yeruzalemu ngo itsembwe na Shishaki.

8 Icyakora bazaba abagaragu be, kugira ngo bamenye ko ari byiza kunkorera kurusha gukorera abami bo ku isi.”

9 Nuko Shishaki umwami wa Misiri atera Yeruzalemu. Asahura umutungo wo mu Ngoro y’Uhoraho n’uwo mu ngoro ya cyami, abijyana byose hamwe n’ingabo z’izahabu Salomo yari yaracurishije.

10 Umwami Robowamu acurisha ingabo mu muringa zo gusimbura iz’izahabu zasahuwe, aziha abakuru b’abasirikari barindaga ingoro ya cyami.

11 Buri gihe uko yinjiraga mu Ngoro y’Uhoraho, abarinzi bitwazaga izo ngabo basohoka bakazibika mu bubiko bwazo.

12 Kubera ko umwami yari yicishije bugufi, Uhoraho ntiyakomeje kumurakarira ngo amutsembe, bityo ibintu bigenda neza mu Buyuda.

Iherezo ry’ingoma ya Robowamu

13 Nuko Umwami Robowamu akomera i Yeruzalemu. Yabaye umwami afite imyaka mirongo ine n’umwe, amara imyaka cumi n’irindwi ari ku ngoma i Yeruzalemu, umurwa Uhoraho yari yahisemo mu gihugu cyose cya Isiraheli kugira ngo bahamusengere. Nyina yitwaga Nāma w’Umwamoni.

14 Robowamu akora ibibi kuko atashatse Uhoraho abikuye ku mutima.

15 Ibindi bikorwa bya Robowamu byose, ibyabanje n’ibyaherutse, byanditswe mu gitabo cy’umuhanuzi Shemaya, no mu gitabo cy’ibisekuruza by’umuhanuzi Ido. Hakomeje kuba intambara zishyamiranya Robowamu na Yerobowamu.

16 Robowamu yisazira amahoro bamushyingura mu Murwa wa Dawidi. Umuhungu we Abiya amusimbura ku ngoma.

Categories
2 Amateka

2 Amateka 13

Ingoma ya Abiya

1 Mu mwaka wa cumi n’umunani Yerobowamu ari ku ngoma, Abiya yabaye umwami w’u Buyuda,

2 amara imyaka itatu ari ku ngoma i Yeruzalemu. Nyina yitwaga Māka, umukobwa wa Uriyeli w’i Gibeya. Nuko haba intambara ishyamiranya Abiya na Yerobowamu.

3 Abiya ajya ku rugamba afite abasirikari ibihumbi magana ane b’intwari, Yerobowamu na we aza kumurwanya afite abasirikari ibihumbi magana inani b’intwari.

4 Abiya ahagarara ku musozi wa Semarayimu wo mu misozi ya Efurayimu, maze abwira Yerobowamu n’Abisiraheli bose ati: “Nimunyumve!

5 Ntimuzi ko Uhoraho Imana ya Isiraheli yagiranye Isezerano ridakuka na Dawidi, ngo we n’abamukomokaho bazategeke Isiraheli iteka ryose?

6 Nyamara Yerobowamu mwene Nebati, umugaragu wa Salomo mwene Dawidi yigometse kuri shebuja.

7 Abantu b’imburamumaro baza kwifatanya na we, maze bagomera Robowamu mwene Salomo kubera ko yari akiri muto, nta mbaraga afite kugira ngo abarwanye.

8 None ubu, mwe murashaka kugomera ubwami Uhoraho yahaye abakomoka kuri Dawidi! Muri benshi kandi mufite amashusho y’inyana z’izahabu Yerobowamu yabakoreye ngo zibabere imana.

9 Mwirukanye abatambyi b’Uhoraho bakomoka kuri Aroni n’Abalevi, mwishyiriraho abatambyi mukurikije imigenzereze y’abanyamahanga. Umuntu wese wazanaga ikimasa cyangwa amapfizi y’intama arindwi, yahitaga agirwa umutambyi w’ibyo bigirwamana byanyu.

10 Naho twebwe, Uhoraho ni we Mana yacu kandi ntitwigeze tumwihakana, abatambyi bakorera Uhoraho bakomoka kuri Aroni kandi n’Abalevi bakora imirimo yabagenewe!

11 Buri gitondo na buri mugoroba batura Uhoraho ibitambo bikongorwa n’umuriro, n’imibavu, bashyira imigati ku meza asukuye kandi buri mugoroba bagacana amatara yo ku gitereko cy’izahabu. Twebwe dukora ibyo Uhoraho Imana yacu yadutegetse, naho mwebwe mwaramwihakanye.

12 Imana iri kumwe natwe ni yo mutware wacu, abatambyi bayo biteguye kuvuza amakondera yo kuduhuruza. Nuko rero Bisiraheli, ntimukarwanye Uhoraho Imana ya ba sokuruza kuko mutatsinda.”

13 Ariko Yerobowamu yohereza igitero guca igico inyuma y’ingabo z’Abayuda, abasigaye babaturuka imbere, bityo abarwanya abaturutse imbere n’inyuma.

14 Abayuda bakebutse basanga bagoswe, batakambira Uhoraho naho abatambyi bavuza amakondera.

15 Ingabo z’Abayuda zivuza akamo, ako kanya Imana itsindira Yerobowamu n’Abisiraheli bose imbere ya Abiya n’Abayuda.

16 Abisiraheli bahunga Abayuda, ariko Imana irababagabiza.

17 Abiya n’ingabo ze barabatsinda barabahashya, maze Abisiraheli ibihumbi magana atanu bagwa ku rugamba.

18 Icyo gihe Abisiraheli bacishwa bugufi naho Abayuda baratsinda, kuko bari biyambaje Uhoraho Imana ya ba sekuruza.

19 Nuko Abiya akurikirana Yerobowamu, amunyaga Beteli na Yeshana, na Efuroni n’imidugudu ikikije iyo mijyi.

20 Abiya akiri ku ngoma Yerobowamu ntiyongeye gukomera, bityo Uhoraho aramuhana arapfa.

21 Naho Abiya arakomera, arongora abagore cumi na bane babyarana abahungu makumyabiri na babiri, n’abakobwa cumi na batandatu.

22 Ibindi bikorwa bya Abiya, byanditswe mu gitabo cyitwa “Ibyakozwe n’umuhanuzi Ido”.

23 Abiya yisazira amahoro bamushyingura mu Murwa wa Dawidi. Umuhungu we Asa amusimbura ku ngoma.

Umwami atsinda Abanyetiyopiya

Ku ngoma ya Asa igihugu kimara imyaka icumi gifite umutekano.

Categories
2 Amateka

2 Amateka 14

1 Asa yakoze ibyiza kandi binogeye Uhoraho Imana ye.

2 Yakuyeho intambiro z’abanyamahanga n’ahasengerwaga ibigirwamana, amenagura inkingi z’amabuye asengwa, atemagura n’amashusho y’ikigirwamanakazi Ashera.

3 Yategetse Abayuda gushakashaka Uhoraho Imana ya ba sekuruza, no gukurikiza amategeko ye n’amabwiriza ye.

4 Asa yashenye ahasengerwaga ibigirwamana n’ibicaniro byoserezwagaho imibavu, mu mijyi yose y’u Buyuda. Ku ngoma ye igihugu cyose kigira umutekano.

5 Bityo Asa yubakisha imijyi ntamenwa mu Buyuda. Muri icyo gihe ntihagira umurwanya kuko Uhoraho yari yamuhaye ituze.

6 Nuko abwira Abayuda ati: “Nimuze twubake imijyi tuyizengurutse inkuta n’iminara, n’amarembo yayo tuyakingishe inzugi zifite ibihindizo, mu gihe igihugu kikiri icyacu. Kubera ko twashakashatse Uhoraho Imana yacu, twaramushatse na we aduha amahoro ku mpande zose.” Nuko barubaka kandi bagira ishya n’ihirwe.

7 Asa yari afite ingabo z’Abayuda ibihumbi magana atatu bitwaje ingabo nini n’amacumu, n’iz’Ababenyamini ibihumbi magana abiri na mirongo inani barwanisha ingabo nto n’imiheto. Bose bari abagabo b’intwari.

8 Nuko Zera w’Umunyakushi abatera ayoboye ingabo ibihumbi n’ibihumbi, n’amagare y’intambara magana atatu, arakomeza agera i Maresha.

9 Asa aza amusanga, ingabo zihanganira mu kibaya cya Sefata hafi y’i Maresha.

10 Asa yambaza Uhoraho Imana ye ati: “Uhoraho, nta wundi usibye wowe wagoboka umunyantegenke utewe n’umunyambaraga. Udutabare Uhoraho Mana yacu, kuko ari wowe twiringiye, kandi ni ku bwawe twaje guhangana n’igitero kingana gitya! Uhoraho, ni wowe Mana yacu ntutume hagira umuntu wagutsinda.”

11 Uhoraho atsindira Abanyakushi imbere ya Asa n’ingabo ze z’Abayuda, Abanyakushi barahunga.

12 Asa n’ingabo ze barabirukana babageza i Gerari. Abanyakushi benshi cyane barapfa kuko barimbuwe n’Uhoraho n’ingabo z’Abayuda, maze Abayuda batwara iminyago myinshi.

13 Bateye n’imidugudu ikikije Gerari kubera ko Uhoraho yari yateye ubwoba abaturage, maze yose barayisahura kuko yari irimo iminyago myinshi.

14 Batera no mu biraro by’amatungo banyaga imikumbi y’intama n’ingamiya, hanyuma basubira i Yeruzalemu.

Categories
2 Amateka

2 Amateka 15

Asa avugurura iyobokamana

1 Mwuka w’Imana atuma Azariya mwene Odedi

2 kujya gusanganira Asa. Aramubwira ati: “Asa n’Abayuda n’Ababenyamini mwese, nimunyumve! Uhoraho ari kumwe namwe, niba namwe muri kumwe na we. Nimumushakashaka muzamubona, ariko nimumureka na we azabareka.

3 Dore Abisiraheli bamaze igihe kirekire batamenya Imana nyakuri, nta mutambyi wo kubigisha nta n’Amategeko yayo bafite.

4 Nyamara bageze mu makuba bagarukira Uhoraho Imana ya Isiraheli, baramushakashaka arabiyereka.

5 Muri icyo gihe abantu ntibari bafite umutekano, ahubwo cyari igihe cy’imidugararo mu bihugu byose.

6 Igihugu cyashyamiranaga n’ikindi, umujyi: ukarwanya undi, kuko Imana yabatezaga amakuba y’uburyo bwose.

7 Mwebwe rero nimukomere mureke kwiheba, kuko Imana izabitura ikurikije ibikorwa byanyu.”

8 Asa yumvise ubwo butumwa agejejweho n’umuhanuzi Azariya mwene Odedi, agira akanyabugabo maze atsemba ibigirwamana byo mu ntara y’u Buyuda n’iy’u Bubenyamini, n’ibyo mu mijyi yari yarigaruriye yo mu ntara ya Efurayimu. Yavuguruye n’urutambiro rw’Uhoraho rwari imbere y’ibaraza ry’Ingoro y’Uhoraho.

9 Nuko akoranya Abayuda n’Ababenyamini bose, hamwe n’abakomokaga mu miryango y’Abefurayimu, n’Abamanase n’Abasimeyoni batuye u Buyuda, kuko bari bagarukiye umwami wa Isiraheli ari benshi, bamaze kubona ko Uhoraho Imana ye ari kumwe na we.

10 Bakoranira i Yeruzalemu mu kwezi kwa gatatu k’umwaka wa cumi n’itanu Asa ari ku ngoma.

11 Uwo munsi batambira Uhoraho ibimasa magana arindwi, n’intama ibihumbi birindwi banyaze.

12 Basezerana kuramya Uhoraho Imana ya ba sekuruza, n’umutima wabo wose n’ubugingo bwabo bwose.

13 Umuntu wese yaba umusore cyangwa umusaza, yaba umugabo cyangwa umugore utajyaga kwemera kuramya Uhoraho Imana y’Abisiraheli, yagombaga kwicwa nta kabuza.

14 Bagirira indahiro imbere y’Uhoraho baranguruye ijwi, bavuza amahembe n’amakondera.

15 Abayuda bose bishimira iyo ndahiro kubera ko bari bararahiye babikuye ku mutima, kandi bashakashaka Uhoraho bashyizeho umwete baramubona, abaha umutekano usesuye.

16 Umwami Asa avana nyirakuru Māka ku mwanya w’ubugabekazi, kuko yari yarikoreshereje inkingi yeguriwe ikigirwamanakazi Ashera. Ategeka ko bamenagura iyo nkingi bakayijanjagura, bakayitwikira ku kagezi ka Kedironi.

17 Asa ntiyasenya ahasengerwaga muri Isiraheli, nyamara yakomeje gukunda Uhoraho mu mibereho ye yose.

18 Nuko Asa ajyana ibintu we na se beguriye Imana abishyira mu Ngoro y’Imana, ari byo ifeza n’izahabu n’ibindi bikoresho.

19 Maze ntihongera kuba intambara, kugeza mu mwaka wa mirongo itatu n’itanu Asa ari ku ngoma.

Categories
2 Amateka

2 Amateka 16

Asa arwana na Bāsha umwami wa Isiraheli

1 Mu mwaka wa mirongo itatu n’itandatu Asa ari ku ngoma, Bāsha umwami wa Isiraheli atera u Buyuda. Nuko asana umujyi: wa Rama arawukomeza, kugira ngo yimire abinjira n’abasohoka mu gihugu cya Asa umwami w’u Buyuda.

2 Asa ajyana ku ifeza no ku izahabu byari bisigaye mu mutungo w’Ingoro y’Uhoraho no mu mutungo w’ibwami, abyoherereza Benihadadi umwami wa Siriya i Damasi. Amutumaho ati:

3 “Reka tugirane amasezerano nk’uko so na data bayagiranye. Dore nkoherereje ifeza n’izahabu. Ngaho sesa amasezerano wagiranye na Bāsha umwami wa Isiraheli, kugira ngo avane ingabo ze ku butaka bwanjye.”

4 Benihadadi yumvikana na Asa, yohereza abatware b’ingabo ze batera imijyi ya Isiraheli. Batsinda umujyi: wa Iyoni n’uwa Dani n’uwa Abeli-Beti-Māka, n’indi mijyi yose yabikwagamo ibintu yo mu ntara ya Nafutali.

5 Bāsha amaze kumva iyo nkuru, areka kubaka Rama ahagarika imirimo ye.

6 Nuko Umwami Asa ajyana n’Abayuda bose bazana amabuye n’ibiti Bāsha yubakishaga Rama, abyubakisha Geba na Misipa arahakomeza.

Asa afunga umuhanuzi Hanani

7 Muri icyo gihe umuhanuzi Hanani asanga Asa umwami w’u Buyuda, aramubwira ati: “Kubera ko wishingikirije umwami wa Siriya ntiwiringire Uhoraho Imana yawe, bitumye ingabo z’umwami wa Siriya zigucika.

8 Ese ingabo z’Abanyakushi n’iz’Abanyalibiya ntizari nyinshi, zifite amagare y’intambara n’abarwanira ku mafarasi benshi cyane? Nyamara kuko wari wishingikirije ku Uhoraho, yarabakugabije urabatsinda.

9 Koko rero Uhoraho areba ku isi hose, kugira ngo akomeze abamwiyeguriye babikuye ku mutima. None wowe wagenje nk’umupfapfa, ku bw’ibyo uzahora mu ntambara.”

10 Nuko Asa arakarira uwo muhanuzi, amushyira muri gereza abitewe n’ibyo yari amaze kumubwira, bityo atoteza benshi muri rubanda.

Iherezo ry’ingoma ya Asa

11 Ibindi bikorwa byose bya Asa, ibyabanje n’ibyaherutse, byanditswe mu gitabo cyitwa “Ibikorwa by’abami b’u Buyuda n’aba Isiraheli”.

12 Mu mwaka wa mirongo itatu n’icyenda Asa ari ku ngoma, yarwaye indwara ikomeye cyane y’ibirenge, nyamara aho kwiyambaza Uhoraho yirukira abavuzi.

13 Umwami Asa yapfuye mu mwaka wa mirongo ine n’umwe ari ku ingoma, bamushyingura hamwe na ba sekuruza.

14 Bamushyingura mu mva yari yaracukurishije mu Murwa wa Dawidi, umurambo we bawurambika ku buriri bwuzuye imibavu n’ibindi bihumura neza, bahacana umuriro w’igishyito wo kumwubahiriza.

Categories
2 Amateka

2 Amateka 17

Ingoma ya Yozafati

1 Yozafati asimbura se Asa ku ngoma, akomeza ubutegetsi bwe kugira ngo yirinde Abisiraheli.

2 Akwiza ingabo mu mijyi ntamenwa yose y’u Buyuda, ashyiraho n’abategetsi mu mijyi yo mu ntara ya Efurayimu se yari yarigaruriye.

3 Uhoraho ashyigikira Yozafati, kuko yagenzaga nka sekuruza Dawidi kandi ntayoboke za Bāli.

4 Yihatiraga gushaka Uhoraho Imana ya se agukurikiza amabwiriza yayo, ntiyagenza nk’Abisiraheli bo mu majyaruguru.

5 Uhoraho akomeza ingoma ya Yozafati maze Abayuda bose bamuzanira amaturo, bityo agira ubukire bwinshi n’ikuzo.

6 Akomeza gushakashaka Uhoraho abikuye ku mutima, asenya ahasengerwaga, amenagura n’inkingi zeguriwe ikigirwamanakazi Ashera.

7 Mu mwaka wa gatatu Yozafati ari ku ngoma, yohereza mu mijyi y’u Buyuda abo kwigisha abaturage. Aba ni bo bari ibyegera bye: Benihayili na Obadiya na Zakariya, na Netanēli na Mikaya.

8 Bari baherekejwe n’Abalevi ari bo Shemaya na Netaniya na Zebadiya, na Asaheli na Shemiramoti na Yehonatani, na Adoniya na Tobiya na Tobadoniya, bari hamwe n’abatambyi Elishama na Yehoramu.

9 Bajyana igitabo cy’Amategeko y’Uhoraho, bazenguruka imijyi yose y’u Buyuda bigisha abayituye.

Ubushishozi bwa Yozafati

10 Uhoraho atuma abami bose b’ibihugu bikikije u Buyuda bagira ubwoba, ntibatinyuka kurwanya Yozafati.

11 Bamwe mu Bafilisiti bazanira Yozafati amaturo, bamuzanira n’ifeza ho imisoro, Abarabu na bo bamuzanira amapfizi y’intama ibihimbi birindwi na magana arindwi, n’amasekurume y’ihene ibihumbi birindwi na magana arindwi.

12 Nuko Yozafati agenda arushaho gukomera, yubakisha mu Buyuda imijyi ntamenwa, n’indi yo kubikamo ibintu.

13 Yari afite ibigega byinshi mu mijyi y’u Buyuda, i Yeruzalemu akahagira abagabo b’intwari ku rugamba.

14 Dore umubare wabo ukurikije ibisekuruza byabo. Mu Buyuda abagaba b’ingabo bayoboraga ingabo ibihumbi ni aba: Aduna watwaraga ingabo ibihumbi magana atatu z’intwari,

15 agakurikirwa na Yehohanani watwaraga ingabo ibihumbi magana abiri na mirongo inani,

16 na Amasiya mwene Zikiri witanze akorera Uhoraho, yatwaraga ingabo ibihumbi magana abiri z’intwari.

17 Mu Babenyamini hari Eliyada, umugabo w’intwari watwaraga ingabo ibihumbi magana abiri zirwanishaga imiheto n’ingabo,

18 na Yehozabadi watwaraga ingabo ibihumbi ijana na mirongo inani zambariye urugamba.

19 Abo ni bo bagaba b’ingabo bakoreraga umwami, utabariyemo abandi yashyize mu mijyi ntamenwa yose y’u Buyuda.

Categories
2 Amateka

2 Amateka 18

Yozafati yifatanya na Ahabu umwami w’Abisiraheli

1 Yozafati agira ubukire bwinshi n’ikuzo, ashyingirana na Ahabu.

2 Hashize igihe Yozafati ajya gusura Ahabu i Samariya. Ahabu amwakirana n’abo bari kumwe, ababāgira intama n’ibimasa byinshi. Ahabu ahuruza Yozafati ngo bajye gutera umujyi: wa Ramoti y’i Gileyadi.

3 Ahabu umwami wa Isiraheli abaza Yozafati umwami w’u Buyuda ati: “Wakwemera ko tujyana gutera Ramoti y’i Gileyadi?”

Yozafati aramusubiza ati: “Erega jyewe nawe turi umwe, n’ingabo zanjye ni zimwe n’izawe, tuzajyana ku rugamba!”

Abahanuzi b’abacancuro bahanura ugutsinda

4 Yozafati yongera kubwira Ahabu ati: “Banza ugishe Uhoraho inama.”

5 Umwami wa Isiraheli akoranya abahanuzi magana ane, arababaza ati: “Mbese jyewe na Yozafati dutere Ramoti y’i Gileyadi cyangwa mbireke?”

Abahanuzi baramusubiza bati: “Genda uyitere, Imana izayikugabiza.”

6 Nyamara Yozafati arabaza ati: “Mbese nta muhanuzi w’Uhoraho uri hano ngo tumubaze?”

7 Ahabu aramusubiza ati: “Hasigaye umwe watubariza Uhoraho, ariko simukunda kuko buri gihe ampanurira ibibi, nta cyiza na kimwe ajya ambwira. Yitwa Mikaya mwene Imula.”

Yozafati aramusubiza ati: “Sigaho nyagasani, wivuga utyo!”

8 Nuko Umwami Ahabu ahamagaza umugaragu we, aramutuma ati: “Ihute uzane Mikaya mwene Imula.”

9 Umwami wa Isiraheli n’uw’u Buyuda bari bicaye mu ntebe zabo ku irembo ry’umujyi: wa Samariya, bambaye imyambaro ya cyami. Abahanuzi bose bahanuriraga imbere yabo.

10 Uwitwa Sedekiya mwene Kenāna wari waracurishije amahembe y’icyuma, aravuga ati: “Uhoraho aravuze ngo: ‘Aya mahembe akubere ikimenyetso cyo kuzatsemba Abanyasiriya.’ ”

11 Abandi bahanuzi bose na bo barahanura bati: “Zamuka utere Ramoti y’i Gileyadi uzahatsinda. Uhoraho azakugabiza uwo mujyi:.”

Umuhanuzi Mikaya ahanura ugutsindwa

12 Intumwa yari yoherejwe kwa Mikaya iramubwira iti: “Abandi bahanuzi bose bahanuriye umwami ko azatsinda, uramenye ntunyuranye na bo umuhanurire ibyiza.”

13 Mikaya aramusubiza ati: “Ndahiye Uhoraho ko nta kindi ndi butangaze, uretse icyo Imana yanjye iri bumbwire.”

14 Mikaya asanga umwami, maze Ahabu aramubaza ati: “Mikaya we, mbese jyewe na Yozafati dutere Ramoti y’i Gileyadi cyangwa mbireke?”

Mikaya aramusubiza ati: “Nushaka uhatere uzatsinda! Uhoraho azakugabiza uwo mujyi:.”

15 Nyamara Ahabu yongera kumubaza ati: “Mbese ngusabe kangahe kumbwira gusa ukuri kuvuye ku Uhoraho?”

16 Mikaya aramusubiza ati: “Nabonye Abisiraheli bose batataniye ku misozi bameze nk’intama zidafite umushumba, maze Uhoraho aravuga ati: ‘Erega aba bantu ntibagira umutware, buri wese niyisubirire iwe amahoro!’ ”

17 Nuko umwami wa Isiraheli abwira Yozafati ati: “Sinakubwiye ko nta cyiza ajya ampanurira uretse ibibi!”

18 Mikaya yungamo ati: “Umva ijambo ry’Uhoraho: nabonye Uhoraho yicaye ku ntebe ye ya cyami abamarayika bose bamuhagaze iburyo n’ibumoso,

19 maze Uhoraho arabaza ati: ‘Ni nde ugiye gushuka Ahabu umwami wa Isiraheli ngo atere Ramoti y’i Gileyadi yicirweyo?’ Umwe avuga ibye undi ibye.

20 Nuko haza umumarayika ahagarara imbere y’Uhoraho aravuga ati: ‘Ngiye kumushuka.’ Uhoraho aramubaza ati: ‘Uzabigenza ute?’

21 Umumarayika ati: ‘Ndagenda nshuke abahanuzi be bose bamuhanurire ibinyoma.’ Uhoraho aravuga ati: ‘Genda ukore utyo umushuke, kuko ubishoboye.’ ”

22 Mikaya yungamo ati: “Dore Uhoraho yashyize mu bahanuzi bawe ubuhanuzi bw’ibinyoma, kuko yiyemeje kuguteza ibyago.”

23 Hanyuma Sedekiya mwene Kenāna yegera Mikaya amukubita urushyi avuga ati: “Mbese uwo Mwuka w’Uhoraho wanyuze he umvamo ukaza kuvugana nawe?”

24 Mikaya aramusubiza ati: “Uzarushaho kubisobanukirwa umunsi uzajya kwihisha ahiherereye, uva mu nzu ujya mu yindi.”

25 Nuko Ahabu ategeka umugaragu we ati: “Nimufate Mikaya mumushyikirize Amoni umuyobozi w’umujyi:, na Yowashi umwana wanjye.

26 Mubabwire ko mbategetse gushyira Mikaya muri gereza. Bajye bamuha ibyokurya n’amazi by’intica ntikize, kugeza igihe nzatabarukira amahoro.”

27 Mikaya aramubwira ati: “Nutabaruka amahoro, Uhoraho azaba ataramvugiyemo!” Yungamo ati: “Namwe rubanda mwese murabe mwumva!”

Umwami Ahabu agwa ku rugamba

28 Nuko Ahabu umwami wa Isiraheli na Yozafati umwami w’u Buyuda, batera Ramoti y’i Gileyadi.

29 Ahabu abwira Yozafati ati: “Ngiye kwiyoberanya njye ku rugamba, naho wowe ambara imyambaro yawe ya cyami.” Nuko ariyoberanya bajya ku rugamba.

30 Umwami wa Siriya yari yategetse abagaba b’ingabo zirwanira mu magare y’intambara ati: “Ntimugire undi murwanya yaba umusirikari muto cyangwa umukuru, murwanye gusa umwami wa Isiraheli.”

31 Abagaba b’ingabo zirwanira mu magare y’intambara, babonye Yozafati baribwira bati: “Nguriya umwami wa Isiraheli.” Baramuhindukirana kugira ngo bamurwanye, Yozafati avuza induru. Uhoraho Imana aramutabara aramubakiza.

32 Ba bagaba b’ingabo bamenya ko atari we mwami wa Isiraheli baramureka.

33 Hanyuma umusirikari w’Umunyasiriya arasa umwambi, unyura mu ihuriro ry’umwambaro w’icyuma uhinguranya Ahabu. Ahabu abwira uyoboye igare rye ry’intambara ati: “Hindukiza igare umvane ku rugamba kuko nkomeretse bikomeye.”

34 Nyamara kubera ko uwo munsi urugamba rwari rukomeye, barekera Ahabu mu igare aho bari bahanganye n’Abanyasiriya, bugorobye arapfa.

Categories
2 Amateka

2 Amateka 19

Yozafati ashyiraho abacamanza mu Buyuda

1 Yozafati umwami w’u Buyuda atabaruka amahoro asubira iwe i Yeruzalemu.

2 Umuhanuzi Yehu mwene Hanani, aramusanganira aramubwira ati: “Mbese utekereza ko ari byiza gufasha abagome ugakunda abanzi b’Uhoraho? Ibyo wakoze byatumye Uhoraho akurakarira.

3 Nyamara hari ibintu byiza wakoze: watwitse inkingi zeguriwe ikigirwamanakazi Ashera uzitsemba mu gihugu, kandi ushakashaka Imana ubikuye ku mutima.”

Impinduka Yozafati yakoze

4 Nuko Yozafati atura i Yeruzalemu, hanyuma azenguruka igihugu kuva i Bērisheba kugera ku misozi ya Efurayimu, atoza abantu bose kugarukira Uhoraho Imana ya ba sekuruza.

5 Ashyira abacamanza muri buri mujyi: ntamenwa wo mu Buyuda,

6 arababwira ati: “Mwitondere umurimo mushinzwe. Si ku bw’abantu mugomba guca imanza, ahubwo ni ku bw’Uhoraho kuko azaba ari kumwe namwe igihe muzaba muca imanza.

7 Mujye mwubaha Uhoraho mwitondere ibyo mukora, kuko Uhoraho Imana yacu atihanganira akarengane, n’uburyamirane na ruswa.”

8 I Yeruzalemu na ho Yozafati ahashyira bamwe mu Balevi no mu batambyi, no mu bakuru b’imiryango y’Abisiraheli, kugira ngo bajye baca imanza mu izina ry’Uhoraho kandi bakemure ibibazo by’abaturage.

9 Arabihanangiriza ati: “Mugomba kurangwa n’icyubahiro mugirira Uhoraho, kugira ngo mukorane ubwitonzi n’umutima uboneye.

10 Igihe cyose abavandimwe banyu bazaza baturutse mu mijyi yabo, bakabagezeho imanza zabo zerekeye ubwicanyi, bakabagezeho n’izerekeye kwica amategeko n’amabwiriza n’amateka cyangwa ibyemezo Imana yafashe, muzabagire inama birinde gucumura ku Uhoraho, kuko nimutagenza mutyo azabarakarira mwebwe n’abavandimwe banyu. Nyamara nimubyubahiriza ntimuzabarwaho icyaha.

11 Dore Umutambyi mukuru Amariya azabayobora mu byerekeye Uhoraho byose, naho Zebadiya mwene Ishimayeli umukuru mu muryango wa Yuda, azabayobora mu byerekeye ubwami byose, Abalevi bo bazaba abayobozi banyu. Ngaho mugire umwete kandi mukurikize aya mabwiriza. Uhoraho azabane n’abakora neza!”

Categories
2 Amateka

2 Amateka 20

Yozafati asengera u Buyuda

1 Nyuma y’ibyo, Abamowabu n’Abamoni bashyigikiwe n’ab’Abamewunibatera Yozafati.

2 Haza abantu baramubwira bati: “Ingabo nyinshi zaguteye ziturutse hakurya y’Ikiyaga cy’Umunyu mu gihugu cya Edomu, none dore zigeze i Hasasoni-Tamari ari ho Enigedi.”

3 Nuko Yozafati ashya ubwoba yiyemeza kwambaza Uhoraho, ategeka n’Abayuda bose kwigomwa kurya.

4 Abayuda baza baturutse mu mijyi yose y’u Buyuda bakoranijwe no kwambaza Uhoraho, maze baramutakambira.

5 Yozafati akikijwe n’ikoraniro ry’ab’i Yeruzalemu n’Abayuda bose, ahagarara mu Ngoro y’Imana ahateganye n’urugo rushya rw’Ingoro,

6 arasenga ati: “Uhoraho Mana ya ba sogokuruza, ni wowe Mana nyir’ijuru kandi ni wowe utegeka abami bose bo ku isi. Ufite imbaraga n’ububasha ku buryo nta waguhangara.

7 Mana yacu wamenesheje abaturage b’iki gihugu imbere y’ubwoko bwawe bw’Abisiraheli, maze uhatuza iteka ryose abakomoka ku ncuti yawe Aburahamu.

8 Barahatuye bahakubakira Ingoro bagusengeragamo bati:

9 ‘Ibyago nibitugwirira, byaba kwicwa n’intambara cyangwa guhanwa, byaba kwicwa n’icyorezo cyangwa inzara, tuzaza imbere y’iyi Ngoro n’imbere yawe. Bityo tuzagutakambira turi mu kaga, utwumve maze udukize.’

10 None ubu dore Abamoni n’Abamowabu n’Abedomu baduteye. Nyamara ba sogokuruza igihe ubakuye mu Misiri ntiwatumye banyura muri ibyo bihugu, ahubwo wabanyujije iruhande kugira ngo be gutsemba ayo moko.

11 None abo bantu inyiturano yabo, ni ukuza kutwirukana mu gihugu waduhayeho gakondo!

12 Mana yacu, ese ntiwabaha igihano kibakwiriye? Dore nta mbaraga dufite zo guhangana na kiriya gitero kinini kiduteye, rwose twabuze uko tugira. Ahubwo ni wowe duhanze amaso.”

Uhoraho aha Abayuda gutsinda

13 Igihe Yozafati yasengaga, Abayuda bose hamwe n’abagore babo n’abana babo, bari bahagaze imbere y’Ingoro.

14 Nuko igihe bari bakoranye, Mwuka w’Uhoraho aza kuri Yahaziyeli mwene Zekariya umuhungu wa Benaya, mwene Yeyiyeli umuhungu wa Mataniya w’Umulevi ukomoka kuri Asafu.

15 Yahaziyeli aravuga ati: “Nimutege amatwi Bayuda mwese, namwe baturage b’i Yeruzalemu n’Umwami Yozafati. Uhoraho aravuze ngo: ‘Mwitinya kandi mwikuka umutima kubera kiriya gitero kinini kuko atari mwe muzakirwanya, ahubwo ari Uhoraho.

16 Ejo muzamanuke mubatere dore barazamuka umusozi wa Zizi, muzabasanga aho ikibaya kirangiriye ahateganye n’ubutayu bwa Yeruweli.

17 Ntimuzigere mubarwanya, ahubwo muzashinge ibirindiro maze mwirebere uko Uhoraho azabaha gutsinda. Bayuda namwe baturage b’i Yeruzalemu, mwitinya kandi mwikwiheba! Ejo muzabatere, kandi Uhoraho azaba ari kumwe namwe.’ ”

18 Nuko Yozafati yikubita hasi yubamye, Abayuda bose n’abaturage b’i Yeruzalemu babigenza batyo, baramya Uhoraho.

19 Abalevi bakomoka kuri Kehati no kuri Kōra, barahaguruka basingiza Uhoraho Imana y’Abisiraheli baranguruye amajwi.

20 Abayuda bazinduka kare mu gitondo, bose bashyira nzira bajya mu butayu bw’i Tekowa. Bagiye kugenda Yozafati arababwira ati: “Bayuda namwe baturage b’i Yeruzalemu, nimunyumve! Nimwizera Uhoraho Imana yanyu muzagira imbaraga, kandi nimwizera abahanuzi bayo muzatsinda.”

21 Amaze kujya inama na rubanda, Yozafati ashyiraho abaririmbyi baza kugenda imbere y’ingabo bambaye imyambaro yeguriwe Imana, bahimbaza Uhoraho bati: “Musingize Uhoraho kuko urukundo rwe ruhoraho iteka.”

22 Igihe bateruye indirimbo zo gusingiza, Uhoraho ateza umwiryane mu Bamoni n’Abamowabu n’Abedomu bari bateye Abayuda maze basubiranamo.

23 Abamoni n’Abamowabu barwanya Abedomu barabatsemba. Bamaze gutsemba Abedomu, na bo ubwabo basubiranamo baramarana.

24 Abayuda bageze ku munara wari mu butayu, bareba cya gitero basanga abantu bose babaye imirambo, nta n’umwe wacitse ku icumu.

25 Yozafati n’ingabo ze baje gucuza imirambo bahasanga amatungo menshi n’ibintu, n’imyenda n’ibindi by’agaciro. Bajyanamo bimwe kuko batashoboraga kubitwara byose, maze bamara iminsi itatu batwara iminyago kuko yari myinshi.

26 Ku munsi wa kane bakoranira mu Kibaya cya Beraka. Aho hantu na n’ubu haracyitwa “Ikibaya cya Beraka” kuko ari ho basingirije Uhoraho.

27 Abayuda bose n’abaturage b’i Yeruzalemu, Yozafati abarangaje imbere basubira i Yeruzalemu banezerewe, kuko Uhoraho yari yabahaye kwishima abakiza abanzi babo.

28 Nuko binjira mu mujyi: wa Yeruzalemu bavuza amakondera, n’inanga n’imyirongi bagera ku Ngoro y’Uhoraho.

29 Mu mahanga bamenya ko Uhoraho Imana yarwanyije abanzi b’Abisiraheli, bose bashya ubwoba baramutinya.

30 Nuko Yozafati ategeka mu ituze, kuko Imana yari yamuhaye amahoro impande zose.

Iherezo ry’ingoma ya Yozafati

31 Yozafati mwene Asa yabaye umwami w’u Buyuda afite imyaka mirongo itatu n’itanu, amara imyaka makumyabiri n’itanu ari ku ngoma i Yeruzalemu. Nyina yitwaga Azuba umukobwa wa Shiluhi.

32 Yozafati yakurikije se Asa muri byose, akora ibinogeye Uhoraho.

33 Icyakora ntiyasenya ahasengerwaga, kandi n’abantu bari batariyegurira Imana ya ba sekuruza.

34 Ibindi bikorwa bya Yozafati, ibyabanje n’ibyaherutse, byanditswe mu bikorwa bya Yehu mwene Hanani, byashyizwe mu gitabo cy’abami ba Isiraheli.

35 Nyuma y’ibyo, umwami w’u Buyuda Yozafati yuzura na Ahaziya umwami wa Isiraheli wari umunyangesombi.

36 Bafatanya gukora amato yajyaga mu gihugu cya kure, bayakorera mu cyambu cya Esiyoni-Geberi.

37 Ariko umuhanuzi Eliyezeri mwene Dodavahu w’i Maresha aburira Yozafati ati: “Kubera ko wuzuye na Ahaziya, Uhoraho agiye gutsemba ibyo wakoze.” Nuko amato amenagurika atarajya mu bihugu bya kure.