Categories
2 Amateka

2 Amateka 1

Salomo asaba Imana ubwenge

1 Salomo mwene Dawidi akomera mu bwami bwe, Uhoraho Imana ye amuba iruhande amugira umwami w’agatangaza.

2 Salomo avugana n’Abisiraheli bose, abagaba b’ingabo ibihumbi n’ab’amagana, n’abacamanza n’abatware bose b’imiryango.

3 Salomo ajyana n’iryo koraniro ryose ahasengerwaga ku musozi wa Gibeyoni, kuko ari ho hari hashinze Ihema ry’ibonaniro, rya rindi Musa umugaragu w’Uhoraho yari yarakoreye mu butayu.

4 Dawidi yari yarazanye Isanduku y’Isezerano ayikuye i Kiriyati-Yeyarimu ayigeza i Yeruzalemu, ayishyira aho yari yarayiteguriye mu ihema.

5 Aho imbere y’ihema ry’Uhoraho i Gibeyoni yari yahashyize urutambiro rw’umuringa, rwakozwe na Besalēli mwene Uri mwene Huri. Aho ni ho Salomo n’abari bamuherekeje bose baje kwambariza Uhoraho.

6 Salomo yegera urutambiro rw’umuringa rwari imbere y’Ihema ry’Ibonaniro, maze atamba ibitambo igihumbi bikongorwa n’umuriro.

7 Iryo joro Imana ibonekera Salomo iramubwira iti: “Nsaba icyo ushaka ndakiguha.”

8 Salomo asubiza Imana ati: “Wagiriye neza data Dawidi none dore wampaye kumusimbura.

9 Ubu rero Uhoraho Mana, uzuza Isezerano wagiriye data Dawidi kuko wampaye kuyobora abantu benshi cyane.

10 Ndagusaba ubwenge n’ubushishozi kugira ngo nshobore kuyobora neza aba bantu. Naho ubundi sinabasha gutegeka abantu bawe bangana batya.”

11 Imana ibwira Salomo iti: “Ntabwo wigeze usaba ubutunzi n’ubukire, cyangwa ikuzo cyangwa urupfu rw’abanzi bawe cyangwa kurama. Ahubwo ukurikije icyifuzo cyawe wasabye ubwenge n’ubushishozi, kugira ngo ushobore gutegeka abantu naguhaye ngo ubabere umwami.

12 Ni yo mpamvu nzaguha ubwenge n’ubushishozi, ndetse nzakongereraho ubutunzi n’ubukire n’ikuzo, ku buryo nta wundi mwami mu bakubanjirije n’abazagukurikira uzahwana nawe.”

Ubukungu bwa Salomo

13 Nuko Salomo ava ahasengerwaga i Gibeyoni ahari Ihema ry’ibonaniro, asubira i Yeruzalemu akomeza gutegeka Abisiraheli.

14 Salomo akoranya amagare y’intambara n’amafarasi. Yari afite amagare igihumbi na magana ane, n’amafarasi ibihumbi cumi na bibiri. Amagare n’amafarasi amwe ayasigarana iwe i Yeruzalemu, andi bayajyana mu mijyi yagombaga kubamo.

15 Ku ngoma y’Umwami Salomo, ifeza n’izahabu zabaye nyinshi i Yeruzalemu zinganya ubwinshi n’amabuye yaho, imbaho z’amasederi na zo zanganyaga ubwinshi n’imivumu yo ku misozi migufi y’iburengerazuba.

16 Amafarasi ya Salomo yatumizwaga mu Misiri n’i Kuwe. Abayagurishaga umwami bayaranguriraga i Kuwe.

17 Amagare y’intambara yatumizwaga mu Misiri, rimwe ryagurwaga ibikoroto by’ifeza magana atandatu, naho ifarasi ikagurwa ibikoroto by’ifeza ijana na mirongo itanu. Abo bacuruzi kandi batumirizaga amagare n’amafarasi, abami bose b’Abaheti n’abo muri Siriya.

Salomo ategura iyubakwa ry’Ingoro

18 Salomo yiyemeza kubakisha Ingoro y’Uhoraho n’iye bwite.

Categories
2 Amateka

2 Amateka 2

1 Salomo ashyiraho abikorezi ibihumbi mirongo irindwi, n’abo gucukura amabuye ku musozi ibihumbi mirongo inani, n’ibihumbi bitatu na magana atandatu bo guhagarikira imirimo.

2 Salomo yohereza intumwa zibwira Hiramu umwami w’i Tiri ziti: “Woherereje Data Dawidi imigogo y’amasederi kugira ngo yiyubakire ingoro, nanjye ungenzereze utyo.

3 Ubu ngiye kubakira Uhoraho Imana yanjye Ingoro. Bazayoserezamo imibavu, bazayimurikiramo imigati ubudasiba, kandi bayituriremo ibitambo bikongorwa n’umuriro mu gitondo na nimugoroba, no ku isabato no mu mboneko ya buri kwezi, no ku yindi minsi mikuru y’Uhoraho Imana yacu. Ibyo bizakorwa iteka ryose muri Isiraheli.

4 Byongeye kandi Ingoro ngiye kubaka igomba kuba nini, kuko Imana yacu iruta izindi mana zose.

5 Nyamara ntawashobora kubakira Imana ingoro, kuko n’ubwo ijuru ari rinini ntirikwirwamo. Nanjye ubwanjye siniyemeza kuyubakira Ingoro, ahubwo ni ahantu ho kuyitambira ibitambo.

6 Nuko rero unyoherereze umuhanga wo gutunganya izahabu n’ifeza n’umuringa n’ibyuma, kandi uzi kuboha imyenda itukura n’iy’umuhemba n’iy’isine. Agomba kuba azi umwuga wo guharagata amashusho, maze azafatanye n’abahanga bo mu Buyuda n’i Yeruzalemu data Dawidi yansigiye.

7 Unyoherereze n’imigogo y’amasederi n’amasipure, n’indi migogo myiza y’ibiti byo muri Libani, kuko nzi neza ko abagaragu bawe bamenyereye gutema ibiti byo muri Libani. Nzohereza n’abagaragu banjye bafatanye n’abawe

8 maze bantemere ibiti byinshi, kuko ingoro nshaka kubakisha izaba ari nini kandi ari nziza cyane.

9 Abagaragu bawe bazatema ibiti, nzabaha toni ibihumbi bibiri by’ifu y’ingano, na toni ibihumbi bibiri by’ingano za bushoki, na litiro ibihumbi magana ane ya divayi, na litiro ibihumbi magana ane z’amavuta y’iminzenze.”

10 Hiramu umwami wa Tiri yandikira Salomo ati: “Uhoraho yakugize umwami w’abantu be kuko abakunda.

11 Nihasingizwe Uhoraho Imana ya Isiraheli waremye ijuru n’isi, kuko yahaye so Umwami Dawidi umwana w’umunyabwenge. Yaguhaye ubwitonzi n’ubushishozi kugira ngo wubake Ingoro y’Uhoraho n’iyawe bwite.

12 None nkoherereje umuhanga uzi gushishoza witwa Huramu,

13 nyina akomoka kuri Dani naho se ni Umunyatiri. Huramu uwo azi gutunganya izahabu n’ifeza, n’umuringa n’icyuma, n’amabuye n’ibiti, n’imyenda y’amabara y’umutuku n’ay’umuhemba, n’ay’isine n’ay’umweru. Ashoboye umwuga wo guharagata amashusho, ndetse n’ibindi mwamusaba gukora yabikora. Azafatanya n’abahanga bawe n’aba databuja so Dawidi.

14 None databuja, utwoherereze ingano za nkungu n’iza bushoki, na divayi n’amavuta wadusezeranyije.

15 Twebwe tuzajya mu bisi bya Libani gutema ibiti byose ukeneye, maze tubikoherereze tubinyujije mu nyanja bihambiriye bigere i Yope. Nawe uzajya ubikura aho ubijyane i Yeruzalemu.”

Iyubakwa ry’Ingoro y’Uhoraho

16 Salomo abarura abanyamahanga bose bari mu gihugu cya Isiraheli, akurikije ibarura ryakoreshejwe na se Dawidi. Bari ibihumbi ijana na mirongo itanu na bitatu na magana atandatu.

17 Afatamo ibihumbi mirongo irindwi b’abikorezi, n’ibihumbi mirongo inani bo gucukura amabuye ku musozi, n’abandi ibihumbi bitatu na magana atandatu bo guhagarikira imirimo.

Categories
2 Amateka

2 Amateka 3

1 Salomo atangira kubaka Ingoro y’Uhoraho i Yeruzalemu ku musozi wa Moriya,ku mbuga ya Arawunaw’Umuyebuzi. Aho ni ho se Dawidi yari yarateguye kubera ko ari ho Uhoraho yamubonekeye.

2 Yatangiye imirimo yo kubaka mu kwezi kwa kabiri, mu mwaka wa kane ari ku ngoma.

3 Dore ingero z’Ingoro Salomo yubakiye Imana: uburebure bwari metero mirongo itatu, ubugari bukaba metero icumi.

4 Uburebure bw’ibaraza ry’Ingoro bwari metero icumi bungana n’ubugari bw’iyo Ngoro, naho ubugarike bwari metero mirongo itandatu. Nuko imbere mu Ngoro ahomeka izahabu inoze.

5 Inkuta z’Icyumba kizira inenge zari zubakishijwe imbaho z’amasipure zometseho izahabu inoze, maze ashushanyaho imikindo n’imitako imeze nk’iminyururu.

6 Icyo Cyumba agitākisha amabuye y’agaciro. Naho izahabu yakoreshaga yaturukaga i Paruvayimu.

7 Mu Ngoro ahomeka izahabu, ayomeka ku nkingi no mu rwinjiriro, no ku nkuta no ku nzugi, kandi ku nkuta ashushanyaho abakerubi.

8 Hanyuma yubaka Icyumba kizira inenge cyari gifite uburebure bungana n’ubugari bw’Ingoro. Uburebure bwari metero icumi n’ubugari ari metero icumi. Acyomekaho izahabu ipima toni makumyabiri.

9 Uburemere bw’imisumari yakoreshejwe bwanganaga na garama magana atanu y’izahabu. Ibyumba byo hejuru na byo abyomekaho izahabu.

10 Mu Cyumba kizira inenge cyane ahashyira amashusho abiri y’abakerubi, ayomekaho izahabu.

11-12 Buri baba ry’umukerubi ryari rifite metero ebyiri n’igice z’uburebure. Ibaba rimwe rya buri mukerubi ryakoraga ku rukuta rw’Ingoro, irindi baba na ryo rigakora ku ry’undi mukerubi, ku buryo amababa y’abo bakerubi bombi yari afite uburebure bwa metero icumi.

13 Abo bakerubi bari bahagaze berekeye Icyumba kizira inenge.

14 Salomo aboha umwenda wo gukinga Icyumba kizira inenge cyane, ufite amabara y’isine n’umuhemba n’umutuku n’umweru, awufumaho amashusho y’abakerubi.

Inkingi z’imiringa n’urutambiro

15 Salomo akora inkingi ebyiri azishyira ku ibaraza ry’Ingoro. Buri nkingi yari ifite metero icyenda z’ubuhagarike, ifite n’umutwe uyiteretseho wari ufite metero ebyiri n’igice.

16 Akora imitako imeze nk’iminyururu isobekeranye, ayishyira ku mitwe y’izo nkingi. Muri iyo minyururu ashyiramo amashusho ijana y’imikomamanga.

17 Ashinga izo nkingi ku ibaraza ry’Ingoro. Inkingi yo mu majyepfo ayita Yakini, iyo mu majyaruguru ayita Bowazi.

Categories
2 Amateka

2 Amateka 4

1 Salomo yubaka urutambiro rw’umuringa, rufite uburebure bwa metero icumi n’ubugari bwa metero icumi, na metero eshanu z’ubuhagarike.

Ikizenga n’ibikarabiro by’umuringa

2 Acura ikizenga kiburungushuye mu muringa ushongeshejwe. Cyari gifite metero eshanu z’umurambararo, na metero ebyiri n’igice z’ubuhagarike, na metero cumi n’eshanu z’umuzenguruko.

3 Icyo kizenga cyari gifite urugara rutatseho impushya ebyiri z’amashusho y’ibimasa biruzengurutse. Kuri buri metero hariho ibimasa makumyabiri byakoranywe n’icyo kizenga.

4 Icyo kizenga cyari giteretse ku migongo y’ibimasa cumi na bibiri bikozwe mu muringa. Bitatu byarebaga mu majyaruguru, ibindi bitatu bireba iburengerazuba, ibindi bitatu bireba mu majyepfo, naho ibindi bitatu bireba iburasirazuba. Icyo kizenga cyari giteretse hejuru yabyo, kandi byari biteranye imigongo.

5 Umubyimba w’icyo kizenga wari sentimetero umunani, urugara rwacyo kandi rwari ruteye nk’urw’igikombe, rushushanyijeho ururabo rwa lisi rubumbuye. Icyo kizenga cyajyagamo litiro ibihumbi mirongo itandatu n’esheshatu.

6 Yacuze kandi ibikarabiro icumi, bitanu abishyira mu majyepfo y’Ingoro, ibindi bitanu abishyira mu majyaruguru, kugira ngo bajye bogerezamo ibikoresho bigenewe ibitambo bikongorwa n’umuriro. Abatambyi biyuhagiriraga muri cya kizenga gikozwe mu muringa.

Ibikoresho byo mu Ngoro

7 Salomo yakoze ibitereko icumi by’amatara mu izahabu akurikije uko byagenwe maze abishyira mu Ngoro y’Imana, bitanu mu ruhande rw’iburyo, na bitanu mu ruhande rw’ibimoso.

8 Yakoze ameza icumi ayashyira mu Ngoro y’Imana, atanu mu ruhande rw’iburyo, n’atanu mu ruhande rw’ibumoso, akora n’ibikombe ijana by’izahabu.

9 Yubatse kandi urugo rw’abatambyi n’urugo runini, maze amarembo ayakingisha inzugi zometseho umuringa.

10 Icyo kizenga yagiteretse ku nguni y’Ingoro, ahagana mu majyepfo y’iburasirazuba.

11 Huramu yacuze ibikarabiro n’ibitiyo n’ibikombe. Nuko arangiza imirimo yagombaga gukorera Umwami Salomo mu Ngoro y’Imana.

12 Dore ibyo Huramu yakoze: inkingi ebyiri

n’imitwe yazo yiburungushuye,

inshundura ebyiri zo gushyira ku mitwe yo hejuru y’inkingi,

13 n’amashusho magana ane y’imikomamanga yo gutāka kuri izo nshundura, ni ukuvuga imirongo ibiri y’imikomamanga, kuri buri rushundura rutwikiriye imitwe iri hejuru y’inkingi,

14 n’ibigare n’ibikarabiro byari bibiteretseho,

15 n’ikizenga kimwe n’ibimasa cumi na bibiri cyari giteretsweho,

16 n’ibikarabiro n’ibitiyo n’amakanya yo kwarura inyama n’ibindi byabigenewe.

Ibyo bikoresho byose by’Ingoro y’Uhoraho Huramu yakoreye Umwami Salomo, byari bikozwe mu muringa unoze.

17 Umwami yabikoreshereje hagati ya Sukoti na Zaretani mu kibaya cya Yorodani, ahashongesherezwaga umuringa.

18 Salomo akoresha ibikoreho byinshi cyane, ku buryo batashobora kumenya uburemere by’umuringa wakoreshejwe.

19 Salomo yakoresheje n’ibindi bikoresho byose byerekeranye n’Ingoro y’Imana ari byo ibi: igicaniro cy’imibavu cyari gikozwe mu izahabu, n’ameza ashyirwaho imigati iturwa Uhoraho,

20 n’ibitereko by’amatara n’amatara yabyo akozwe mu izahabu inoze, yamurikaga mu Cyumba kizira inenge nk’uko byari bigenwe,

21 n’indabyo n’amatara n’udufashi twayo byose bikozwe mu izahabu inoze,

22 n’ibyuma n’ibikarabiro n’ibikombe n’amasafuriya mu izahabu inoze, n’inzugi z’Ingoro, n’inzugi zinjira mu Cyumba kizira inenge, no mu Cyumba kizira inenge cyane zometsweho izahabu.

Categories
2 Amateka

2 Amateka 5

1 Umwami Salomo arangije imirimo yose yo ku Ngoro y’Uhoraho, azana ibintu byose se Dawidi yari yareguriye Imana: ifeza n’izahabu n’ibindi bikoresho byose, abishyira mu mazu y’ububiko bw’Ingoro y’Imana.

Imurikwa ry’Ingoro

2 Nuko Umwami Salomo ahamagaza abakuru b’Abisiraheli, n’abahagarariye imiryango ya ba sekuruza, n’abatware bose b’amazu ngo baze bateranire aho ari i Yeruzalemu, bajye kuzana Isanduku y’Isezerano ry’Uhoraho, ive i Siyoni mu Murwa wa Dawidi ishyirwe mu Ngoro y’Uhoraho.

3 Abisiraheli bose baraza bakoranira aho Salomo yari ari, mu gihe cy’umunsi mukuru wo mu kwezi kwa Etanimu.

4 Abakuru bose b’Abisiraheli bamaze kuhagera, Abalevi b’abatambyi batwara Isanduku y’Isezerano.

5 Abatambyi n’Abalevi baterura iyo Isanduku y’Isezerano hamwe n’Ihema ry’Ibonaniro, n’ibindi bikoresho byeguriwe Imana byo muri iryo Hema barabizana.

6 Umwami Salomo hamwe n’ikoraniro ryose ry’Abisiraheli bari bamukikije imbere y’Isanduku y’Isezerano, batamba ibitambo byinshi by’intama n’ibimasa bitabarika kubera ubwinshi bwabyo.

7 Nuko abatambyi bazana Isanduku y’Isezerano ry’Uhoraho, bayishyira mu mwanya wayo mu Ngoro mu Cyumba kizira inenge cyane, maze bayitereka munsi y’amababa y’amashusho y’abakerubi.

8 Amashusho y’abakerubi yari arambuye amababa hejuru y’aho Isanduku y’Isezerano yagombaga kujya, kugira ngo atwikire Isanduku n’imijishi yayo.

9 Iyo mijishi yari miremire cyane, ku buryo imitwe yayo umuntu yashoboraga kuyibona ari mu Cyumba kizira inenge, kibanziriza Icyumba kizira inenge cyane. Icyakora nta washoboraga kuyibona ari hanze. Iyo mijishi iracyahari na n’ubu.

10 Muri iyo Sanduku y’Isezerano, harimo gusa bya bisate bibiri by’amabuye Musa yari yarashyizemo ari i Horebu, igihe Uhoraho yagiranaga Isezerano n’Abisiraheli bamaze kuva mu Misiri.

Ikuzo ry’Uhoraho

11 Abatambyi basohoka mu Cyumba kizira inenge bose basukuwe, hadakurikijwe ibyiciro byabo.

12 Abalevi b’abaririmbyi ari bo Asafu na Hemani na Yedutuni, kimwe n’abahungu babo n’abavandimwe babo, bari bambaye imyenda yererana. Bari bahagaze mu ruhande rw’iburasirazuba rw’urutambiro, bafite ibinyuguri n’inanga nyamuduri n’inanga y’indoha. Iruhande rwabo hari hahagaze abatambyi ijana na makumyabiri bavuza amakondera.

13 Abaririmbyi n’abacuranzi bose hamwe bahuzaga amajwi bahimbaza kandi bashima Uhoraho. Baririmba iyo ndirimbo iherekejwe n’inanga n’ibindi bicurangisho bagira bati: “Nimushimire Uhoraho kuko agira neza, imbabazi ze zihoraho iteka ryose.” Bakiririmba igihu cyuzura Ingoro y’Uhoraho,

14 abatambyi ntibaba bagishoboye gukomeza imirimo yabo kubera icyo gihu, kuko ikuzo ry’Uhoraho ryari ryuzuye Ingoro y’Imana.

Categories
2 Amateka

2 Amateka 6

Ijambo rya Salomo

1 Salomo arangurura ijwi ati:

“Uhoraho, wavuze ko uzatura mu gicu kibuditse!

2 Dore nkubakiye n’Ingoro y’akataraboneka,

uzayituramo iteka ryose.”

3 Abisiraheli bari bakoranye bahagaze aho, maze Salomo arahindukira abasabira umugisha.

4 Aravuga ati: “Nihahimbazwe Uhoraho Imana ya Isiraheli, we ubwe wasohoje Isezerano yagiranye na data Dawidi muri aya magambo:

5 kuva igihe mvanye ubwoko bwanjye mu Misiri, nta mujyi: n’umwe nigeze mpitamo mu ntara zose za Isiraheli wo kubakwamo Ingoro bansengeramo. Nta n’undi muntu nigeze ntoranya kugira ngo ayobore ubwoko bwanjye bw’Abisiraheli.

6 Nyamara nahisemo i Yeruzalemu ngo abe ari ho bansengera, naho Dawidi namutoranyije kugira ngo ayobore ubwoko bwanjye bw’Abisiraheli.”

7 Salomo arakomeza ati: “Data Dawidi yari afite umugambi wo kubaka Ingoro y’Uhoraho Imana ya Isiraheli.

8 Nyamara Uhoraho yaramubwiye ati: ‘Wagize umugambi wo kunyubakira Ingoro kandi wagize neza.

9 Icyakora si wowe uzanyubakira Ingoro, ahubwo umwana wawe ni we uzayubaka.’

10 None Uhoraho yasohoje icyo yasezeranye, dore nasimbuye data Dawidi ku ngoma, ubu ni jye mwami w’Abisiraheli nk’uko Uhoraho yari yarabivuze, kandi ni jye wubakiye Ingoro Uhoraho Imana y’Abisiraheli.

11 Byongeye kandi nashyizemo Isanduku irimo bya bisate by’amabuye, yanditseho Isezerano Uhoraho yagiranye n’Abisiraheli.”

Isengesho rya Salomo

12 Nuko Salomo ahagarara imbere y’urutambiro rw’Uhoraho, imbere y’ikoraniro ryose ry’Abisiraheli, arambura amaboko arasenga.

13 Salomo yari yarakoresheje uruhimbi mu muringa rungana na metero ebyiri n’igice z’uburebure, na metero ebyiri n’igice z’ubugari, na metero imwe n’igice z’ubuhagarike, barushyira mu rugo rw’Ingoro. Nuko Salomo ararwurira apfukama imbere y’ikoraniro ryose ry’Abisiraheli, arambura amaboko ayerekeje hejuru

14 arasenga ati: “Uhoraho Mana ya Isiraheli, nta yindi mana ihwanye nawe ari mu ijuru ari no ku isi. Wowe usohoza Isezerano wagiranye n’abantu bawe, kandi ukababera indahemuka igihe bakumvira babikuye ku mutima.

15 Wasohoje Isezerano wagiranye na data Dawidi umugaragu wawe. Ibyo wivugiye ukabisezerana kubera ububasha bwawe, uyu munsi byose urabisohoje.

16 None rero Uhoraho Mana y’Abisiraheli, ukomeze ibyo wasezeraniye data Dawidi umugaragu wawe, ubwo wamubwiraga uti: ‘Abagukomokaho nibitwara neza mu migenzereze yabo, bakumvira Amategeko yanjye nk’uko wanyumviye, ntihazigera habura umuntu wo muri bo uzicara ku ntebe ya cyami, kugira ngo abe umwami w’Abisiraheli.’

17 Bityo rero Uhoraho Mana y’Abisiraheli ndakwinginze, ijambo wavuze ukarisezeranira umugaragu wawe Dawidi ngaho risohoze.

18 “Mbese koko Mana, wabasha guturana n’abantu ku isi? Ijuru nubwo ari rigari bihebuje, ntabwo urikwirwamo nkanswe iyi Ngoro nakubakiye!

19 Ahubwo Uhoraho Mana yanjye, wite kuri iri sengesho jyewe umugaragu wawe nsenga nkwinginga. Nyagasani, wite ku gutakamba kwanjye no ku isengesho nkugezaho.

20 Iyi Ngoro ujye uyihozaho amaso amanywa n’ijoro, aha hantu wavuze uti: ‘Ni ho nzajya mba.’ None rero Nyagasani, umva amasengesho nsenga nerekeje aha hantu!

21 Ujye wita ku ugutakamba kwanjye, no ku ugutakamba k’ubwoko bwawe bw’Abisiraheli nibasenga berekeye aha hantu. Ujye wumva uri mu ijuru aho utuye, kandi ujye utwumva utubabarire.

22 “Umuntu naregwa ko yacumuye kuri mugenzi we maze akarahizwa indahiro yo kwivuma, akarahirira iyo ndahiro imbere y’urutambiro rwawe muri iyi Ngoro,

23 uzumve uri mu ijuru maze ukemure impaka. Uzacire urubanza abagaragu bawe bombi. Uwo icyaha gihamye umuhane, icyo yakoze kimugaruke. Umwere umuhanagureho icyaha.

24 “Ubwoko bwawe bw’Abisiraheli nibatsindwa n’umwanzi kubera ko bagucumuyeho, hanyuma bakihana bakakugarukira, bakagusenga bagutakambira berekeye iyi Ngoro,

25 uzumve uri mu ijuru maze ubabarire ubwoko bwawe bw’Abisiraheli icyaha cyabo, bityo ubagarure mu gihugu wabahaye bo na ba sekuruza.

26 “Nubuza imvura kugwa kubera ko abantu bawe bagucumuyeho, nibasenga berekeye aha hantu bakakuyoboka, bakareka ibyaha byabo kubera ko uzaba wabahannye,

27 uzumve uri mu ijuru maze Abisiraheli ari bo bagaragu bawe ubabarire ibyaha byabo. Uzabigishe imigenzereze nyakuri bagomba gukurikiza, bityo ugushe imvura mu gihugu wahaye abantu bawe ho gakondo.

28 “Inzara nitera mu gihugu cyangwa hagatera icyorezo cy’indwara, cyangwa imyaka igatsembwa n’amapfa cyangwa ikabora, inzige cyangwa ibihōre nibitera, cyangwa umwanzi akagotera abantu bawe mu mijyi yabo, icyago cyangwa icyorezo icyo ari cyo cyose kigatera,

29 maze uwo ari we wese mu bwoko bwawe bw’Abisiraheli akagusenga cyangwa akagutakambira, umuntu wese wiyumvamo ko ibyo yakoze bimushengura umutima, akagusenga arambuye amaboko ayerekeje kuri iyi Ngoro,

30 uzumve uri mu ijuru aho utuye. Uzamubabarire kubera ko uzi umutima w’umuntu (koko rero ni wowe wenyine uzi imitima y’abantu bose), uzamugirire ibikwiranye n’ibyo yakoze.

31 Bityo Abisiraheli bazagutinya kandi bakurikize imigenzereze yawe, igihe cyose bazaba bakiri mu gihugu wahaye ba sekuruza.

32 Abantu bo mu mahanga ya kure bazumva ko uri ikirangirire, bumve n’ibikorwa bihambaye wakoze kubera ububasha bwawe. Umunyamahanga naza akagusengera muri iyi Ngoro,

33 uzamwumve uri mu ijuru aho utuye. Uwo munyamahanga uzamuhe icyo agusabye cyose, kugira ngo abantu bose bo ku isi bakumenye kandi bagutinye, nk’uko ubwoko bwawe bwite bw’Abisiraheli bubigenza. Abantu bazamenya kandi ko iyi Ngoro nubatse ari wowe nayeguriye.

34 “Uhoraho, nutegeka ubwoko bwawe ku rugamba kurwanya umwanzi wabo, aho urugamba ruzaba rwabereye hose nibagusenga berekeye uyu murwa witoranyirije, berekeye n’iyi Ngoro nakubakiye,

35 uzumve uri mu ijuru wite ku masengesho yabo no ku ugutakamba kwabo maze ubahe gutsinda.

36 “Abisiraheli nibagucumuraho dore ko nta muntu udacumura, ukabarakarira maze ukabateza umwanzi akabajyana ho iminyago mu gihugu cye, yabajyana kure cyane cyangwa hafi,

37 bagera mu gihugu bajyanywe ho iminyago bakihana bakagutakambira bati: ‘Twakoze ibyaha, twaracumuye, twakoze iby’ubugome.’

38 Nibakugarukira babikuye ku mutima n’ubuzima bwabo bwose, aho bari mu gihugu abanzi babo babajyanye ho iminyago, bakagusenga berekeye igihugu wahaye ba sekuruza, berekeye n’uyu murwa witoranyirije n’iyi Ngoro nakubakiye,

39 uzumve uri mu ijuru aho utuye wite ku masengesho yabo no ku ugutakamba kwabo. Uzabagoboke bityo ubabarire abantu bawe bagucumuyeho.

40 Mana yanjye, ba maso!

Ita ku byo ngusaba ndi aha hantu.

41 None rero Uhoraho Mana, haguruka,

ngwino aho wateguriwe gutura,

ngwino ube hamwe n’Isanduku iranga ububasha bwawe.

Uhoraho Mana, Abatambyi bawe nibarangwe n’agakiza,

abayoboke bawe nibasābwe n’ibyishimo.

42 Uhoraho Mana, ntuntererane jyewe umwami wimikishije amavuta,

ujye uzirikana ubuntu wagiriye umugaragu wawe Dawidi.”

Categories
2 Amateka

2 Amateka 7

Ibitambo byatuwe Uhoraho

1 Salomo amaze gusenga, umuriro umanuka mu ijuru utwika ibitambo bikongorwa n’umuriro n’ibindi bitambo, maze ikuzo ry’Uhoraho ryuzura mu Ngoro.

2 Abatambyi ntibashobora kwinjira mu Ngoro y’Uhoraho kuko ikuzo ry’Uhoraho ryari riyuzuyemo.

3 Abisiraheli bose bari aho babona umuriro n’ikuzo by’Uhoraho bimanukira ku Ngoro, bapfukama hasi bubitse umutwe, bahimbaza Uhoraho bavuga bati: “Nimushimire Uhoraho kuko agira neza, imbabazi ze zihoraho iteka ryose.”

4 Nuko umwami n’abantu bose batambira Uhoraho ibitambo.

5 Umwami Salomo yatambye ibimasa ibihumbi makumyabiri na bibiri, n’intama ibihumbi ijana na makumyabiri. Bataha batyo Ingoro y’Imana.

6 Abatambyi bari mu myanya yabo, Abalevi na bo bari ku rundi ruhande bafite ibicurangisho byo kuririmbira Uhoraho, Umwami Dawidi yari yarakoreshereje guhimbaza Uhoraho kuko ineza ye ihoraho iteka ryose, bakurikije uko Dawidi yabibatoje. Abatambyi bavuzaga amakondera, abantu bose bahagaze.

7 Nuko uwo munsi igice cyo hagati mu kibuga cy’urugo rw’imbere y’Ingoro y’Uhoraho, Salomo ahatambira ibitambo bikongorwa n’umuriro, n’urugimbu rw’ibitambo by’umusangiro. Yagenje atyo kuko urutambiro rw’umuringa yari yarakoze rutari gukwirwaho ibitambo bikongorwa n’umuriro, n’amaturo y’ibinyampeke n’urugimbu.

8 Icyo gihe Salomo amara iminsi irindwi yizihiza iminsi mikuru y’ingando, ari kumwe n’ikoraniro ryose ry’Abisiraheli. Ryari ikoraniro rinini ry’abantu baturutse mu gihugu hose, uhereye i Lebo-Hamati mu majyaruguru kugeza ku kagezi ko ku mupaka wa Misiri mu majyepfo.

9 Nuko ibirori byo kwegurira Uhoraho urutambiro bimara iminsi irindwi, bakurikizaho iminsi mikuru na yo imara iminsi irindwi, ku munsi wa munani haba ikoraniro rikuru ryo gusoza.

10 Ibyo birangiye, ku itariki ya makumyabiri n’eshatu y’ukwezi kwa karindwi, umwami asezerera abantu. Basubira iwabo banezerewe kandi bishimye, kubera ibyiza byose Uhoraho yagiriye Dawidi na Salomo n’ubwoko bwe bw’Abisiraheli.

Imana yongera kubonekera Salomo

11 Salomo arangiza kubaka Ingoro y’Uhoraho n’iye bwite, ndetse arangiza no kubaka ibyo yifuzaga byose mu Ngoro no mu ye bwite.

12 Uhoraho aramubonekera nijoro aramubwira ati: “Numvise amasengesho yawe, none nihitiyemo aha hantu ngo habe Ingoro yo gutambiramo ibitambo.

13 Nimbuza imvura kugwa cyangwa ngategeka inzige ngo ziyogoze igihugu, cyangwa ngateza ubwoko bwanjye icyorezo cy’indwara,

14 maze abantu banjye bitiriwe izina ryanjye bakicisha bugufi bakansenga, bakangarukira bakareka ibyaha byabo, nzabumva ndi mu ijuru. Nzabumva maze mbababarire ibicumuro byabo, kandi ngarure ituze mu gihugu cyabo.

15 “Kuva ubu ngiye kuba maso, nite ku masengesho asengerwa aha hantu.

16 Nahisemo iyi Ngoro kandi ndayiyegurira, kugira ngo nyibemo iteka ryose kandi nzayitaho iminsi yose.

17 Nunyobokana umutima uboneye kandi utagira amakemwa nk’uko so Dawidi yabigenje, nukora ibyo ngutegetse byose kandi ugakurikiza amateka yanjye n’ibyemezo mfata,

18 intebe yawe ya cyami nzayishimangira ubuziraherezo. Koko rero nasezeraniye so Dawidi nti: ‘Ntihazigera habura umuntu ugukomokaho, uzagusimbura ku ngoma ya Isiraheli.’

19 Nyamara mwebwe nimuteshuka mukareka gukurikiza amabwiriza n’amateka nabahaye maze mukayoboka izindi mana, mukazikorera kandi mukaziramya,

20 icyo gihe nzamenesha Abisiraheli mu gihugu nabahaye, n’iyi Ngoro ngize umwihariko wanjye nzayizinukwa izabe iciro ry’imigani, kandi abanyamahanga bose bayihindure urw’amenyo.

21 Nubwo iyi Ngoro ari akataraboneka, icyo gihe abazahanyura bose bazatangara bati: ‘Ni iki cyatumye Uhoraho agenza atya iki gihugu n’iyi Ngoro?’

22 Abandi bazabasubiza bati: ‘Abisiraheli baretse Uhoraho Imana ya ba sekuruza yabavanye mu Misiri. Bayobotse izindi mana baraziramya, ndetse baranazikorera. Ngicyo icyatumye Uhoraho abateza ibi byago byose.’ ”

Categories
2 Amateka

2 Amateka 8

Ibindi bikorwa bya Salomo

1 Salomo yubatse Ingoro y’Uhoraho n’iye bwite mu myaka makumyabiri,

2 asana n’imijyi Umwami Hiramu wa Tiri yari yaramuhaye ayituzamo Abisiraheli.

3 Nuko atera umujyi: wa Hamati-Soba arawigarurira.

4 Yubaka umujyi: wa Tadimori wari mu butayu, yubaka n’indi mijyi yose y’ububiko i Hamati.

5 Yongera kubaka Beti-Horoni ya ruguru na Beti-Horoni y’epfo, imijyi ntamenwa izengurutswe n’inkuta igakingishwa inzugi z’ibyuma.

6 Yubatse na Bālati n’imijyi yose y’ububiko, n’indi mijyi yose yabagamo amagare n’amafarasi ye y’intambara. Umwami Salomo yubatse kandi n’icyo ashatse cyose i Yeruzalemu no mu bisi bya Libani, n’ahandi hose mu gihugu yategekaga.

7 Mu gihugu hari Abaheti n’Amori n’Abaperizi, n’Abahivi n’Abayebuzi.

8 Bakomokaga ku banyamahanga bahoze batuye gihugu, abo Abisiraheli batashoboye gutsemba. Salomo yabagize inkoreragahato ze, ni na ko bakiri kugeza n’ubu.

9 Icyakora nta Mwisiraheli n’umwe Salomo yagize inkoreragahato, ahubwo yabagize ingabo ze n’abagaragu be, n’abatware b’ingabo n’ibyegera bye, n’abarwanira ku magare y’intambara n’abarwanira ku mafarasi.

10 Abategetsi bakuru bari bashinzwe imirimo ya Salomo, bari magana abiri na mirongo itanu bahagarikiraga abakozi.

11 Salomo avana umukobwa w’umwami wa Misiri mu Murwa wa Dawidi, amujyana mu nzu yamwubakiye. Yaribwiraga ati: “Ntabwo umugore wanjye agomba kuguma mu Murwa wa Dawidi umwami wa Isiraheli, kuko ahashyizwe Isanduku y’Isezerano ry’Uhoraho ari ahamweguriwe.”

12 Nuko Salomo atura Uhoraho ibitambo bikongorwa n’umuriro, ku rutambiro yari yaramwubakiye imbere y’ibaraza.

13 Yabigenzaga atyo gatatu ku mwaka buri gihe nk’uko byategetswe na Musa: ku masabato no ku mboneko z’amezi no ku minsi mikuru y’ingenzi, ni ukuvuga iminsi mikuru y’imigati idasembuye n’iminsi mikuru ya Pentekote n’iminsi mikuru y’Ingando.

14 Akurikije amabwiriza ya se Dawidi, Salomo ashyiraho igice cy’abatambyi mu mirimo bashinzwe, ashyiraho n’Abalevi bo guhimbaza Uhoraho no gufasha abatambyi, no gukora imirimo bagenewe buri munsi, ashyiraho n’abarinzi ba buri rembo akurikije amabwiriza ya Dawidi umuntu w’Imana.

15 Ntibigeze bateshuka ku mategeko ya Dawidi agenga abatambyi n’Abalevi, yerekeye ububiko n’ibindi.

16 Nuko ibyo Salomo yari yarateganyije birangira bityo, kuva igihe atangiriye kubaka Ingoro y’Uhoraho kugeza igihe irangiriye. Ubwo rero Ingoro y’Uhoraho yari itunganye.

17 Ibyo birangiye Salomo ajya kuri Esiyoni-Geberi no kuri Elati, ibyambu byo ku nyanja mu gihugu cya Edomu.

18 Umwami Hiramu amwoherereza amato atwawe na bamwe mu basare be bazobereye mu by’amazi. Abo basare bajyana n’aba Salomo mu gihugu cya Ofiri, bahakura toni cumi n’eshanu z’izahabu bazishyikiriza Umwami Salomo.

Categories
2 Amateka

2 Amateka 9

Umwamikazi w’i Sheba aza gusura Salomo

1 Umwamikazi w’i Sheba yumvise ko Umwami Salomo yabaye ikirangirire, aza kumusura kugira ngo amubaze ibibazo by’insobe. Yageze i Yeruzalemu ashagawe n’abantu benshi, n’ingamiya nyinshi zihetse imibavu n’izahabu nyinshi n’amabuye y’agaciro. Ubwo agirana imishyikirano na Salomo, amubwira ibyo yari afite ku mutima byose.

2 Salomo asubiza ibibazo byose umwamikazi w’i Sheba yari amubajije. Nta kibazo na kimwe cyabereye Salomo insobe, ngo ananirwe kukibonera igisubizo.

3 Umwamikazi w’i Sheba yibonera ubwenge bwa Salomo hamwe n’Ingoro yari yarubatse.

4 Yiboneye ibyokurya byagaburwaga ku meza ye, n’uburyo abategetsi bicazwaga mu byicaro byabo, n’ukuntu abahereza be bari bambaye imyambaro yabigenewe. Yiboneye kandi gahunda y’abashinzwe ibyokurya by’umwami, n’ibitambo yatambiraga mu Ngoro y’Uhoraho. Umwamikazi aratangara cyane.

5 Nuko abwira umwami ati: “Ibyo nabwiwe nkiri mu gihugu cyanjye bikwerekeyeho n’ibyerekeye ubwenge bwawe, ni iby’ukuri.

6 Nyamara sinigeze mbyemera kugeza ubwo niyiziye nkabyibonera ubwanjye. Koko rero nsanze nta n’igice cyabyo nabwiwe. Ubwenge bwawe n’ubukungu bwawe birenze ibyo nabwiwe.

7 Hahirwa abantu bawe, hahirwa ibyegera byawe bo baguhora imbere, bakiyumvira amagambo yawe y’ubwenge.

8 Nihasingizwe Uhoraho Imana yawe, yo yagutoranyije ikakwicaza ku ntebe ya cyami kugira ngo ube umwami w’Abisiraheli. Kubera urukundo ruhoraho Uhoraho akunda Abisiraheli, yakugize umwami kugira ngo ubumbatire ubutabera n’ubutungane.”

9 Umwamikazi w’i Sheba aha Umwami Salomo toni eshatu n’igice z’izahabu n’imibavu myinshi, n’amabuye y’agaciro. Nta kindi gihe higeze haboneka imibavu ingana n’iyo umwamikazi w’i Sheba yatuye Umwami Salomo.

10 Byongeye kandi abagaragu b’Umwami Hiramu n’aba Salomo bazanaga izahabu bayivanye Ofiri, bazanaga n’ibiti by’indobanure n’amabuye y’agaciro.

11 Ibyo biti by’indobanure Umwami Salomo yabikoreshaga mu iyubakwa ry’Ingoro y’Uhoraho n’ingoro ye bwite, bikabāzwamo n’inanga z’abaririmbyi. Kuva icyo gihe mu Buyuda ntihigeze haboneka ibiti nk’ibyo.

12 Umwami Salomo aha umwamikazi w’i Sheba ibyo yashakaga byose, birenze impano yari yahaye umwami. Nuko umwamikazi w’i Sheba asubira mu gihugu cye hamwe n’abari bamuherekeje.

Ubukungu bw’Umwami Salomo

13 Buri mwaka Umwami Salomo yinjizaga mu mutungo we izahabu ipima toni makumyabiri,

14 utabariyemo amahōro yakwaga abantu no ku bicuruzwa byinjizwaga mu gihugu. Abami bose bo muri Arabiya n’abategetsi b’intara bazaniraga Salomo izahabu n’ifeza.

15 Umwami Salomo yacurishije ingabo nini magana abiri mu izahabu y’imvange. Buri ngabo yayomekagaho ibiro bitandatu by’izahabu.

16 Yacurishije n’izindi ngabo nto magana atatu mu izahabu y’imvange. Buri ngabo yayomekagaho izahabu ipima ikiro n’igice. Izo ngabo zose umwami yazibitse mu nzu yiswe “Ingoro y’Ishyamba rya Libani.”

17 Umwami arongera akoresha intebe ya cyami mu mahembe y’inzovu, ayomekaho izahabu inoze.

18 Iyo ntebe yari ifite ingazi esheshatu zigana aho iteye, ikagira akabahobakandagiraho kometsweho izahabu. Buri ruhande rwari rufite aho kurambika inkokora, n’amashusho y’intare imwe mu ruhande rumwe, indi mu rundi.

19 Andi mashusho cumi n’abiri y’intare yari ahagaze impande zombi z’ingazi uko ari esheshatu. Nta kindi gihugu kigeze gikoresha intebe ya cyami nk’iyo.

20 Ibikombe byose by’ibwami kwa Salomo byari bikozwe mu izahabu, n’ibikoresho byose byo mu nzu yiswe “Ingoro y’Ishyamba rya Libani” byari bikozwe mu izahabu inoze. Nta kintu na kimwe cyari gikozwe mu ifeza, kuko mu gihe cya Salomo ifeza itari ifite agaciro.

21 Umwami Salomo yari afite amato yajyaga mu bucuruzi bwa kure, atwawe n’abasare b’Umwami Hiramu. Buri myaka itatu ayo mato yatahukanaga izahabu n’ifeza, n’amahembe y’inzovu, n’inkima hamwe n’inyoni.

22 Umwami Salomo yarushaga cyane ubukungu n’ubwenge abandi bami bose bo ku isi.

23 Abami bose bo ku isi bifuzaga kubonana na we, kugira ngo biyumvire ubwenge Imana yamuhaye.

24 Buri mwaka umuntu wese wazaga kumureba yazanaga amaturo agizwe n’ibikoresho by’ifeza n’iby’izahabu, n’imyambaro n’intwaro n’imibavu, n’amafarasi n’inyumbu.

25 Salomo yari afite ibigo ibihumbi bine bigenewe amafarasi n’amagare y’intambara, akagira n’ingabo ibihumbi cumi na bibiri zirwanira ku mafarasi. Amagare n’amafarasi amwe ayasigarana iwe i Yeruzalemu, andi bayajyana mu mijyi yagombaga kubamo.

26 Yategekaga abami bose kuva ku ruzi rwa Efurati kugeza mu gihugu cy’Abafilisiti, no kugeza ku mupaka wa Misiri.

27 Ku ngoma ye ifeza yabaye nyinshi i Yeruzalemu inganya ubwinshi n’amabuye yaho, imbaho z’amasederi na zo zanganyaga ubwinshi n’imivumu yo ku misozi migufi y’iburengerazuba.

28 Amafarasi ya Salomo yatumizwaga mu Misiri no mu yandi mahanga.

Urupfu rwa Salomo

29 Ibindi bikorwa bya Salomo, ibyabanje n’ibyaherutse, byanditswe mu gitabo cyitwa “Ibyakozwe n’umuhanuzi Natani”, no mu gitabo cy’umuhanuzi Ahiya w’i Shilo, no mu iyerekwa ry’umuhanuzi Ido, ku byerekeye Yerobowamu mwene Nebati.

30 Salomo yamaze imyaka mirongo ine ari ku ngoma Yeruzalemu, ategeka Isiraheli yose.

31 Salomo yisazira amahoro bamushyingura mu murwa wa se Dawidi, umuhungu we Robowamu amusimbura ku ngoma.

Categories
2 Amateka

2 Amateka 10

Ikoraniro ry’i Shekemu

1 Robowamu ajya i Shekemu kuko ari ho imiryango y’Abisiraheli bose yari yaje kumwimikira.

2 Icyo gihe Yerobowamu mwene Nebati yari mu Misiri aho yari yarahungiye Umwami Salomo. Yumvise bavuga iby’ikoraniro ry’i Shekemu ava mu Misiri aratahuka.

3 Abisiraheli batuma kuri Yerobowamu maze araza aherekeza ikoraniro ryose. Basanga Robowamu baramubwira bati:

4 “So yatwikoreje imitwaro iremereye. Wowe rero nuyitworohereza ukatworohereza n’imirimo y’agahato yadukoresheje, tuzagukorera.”

5 Robowamu arababwira ati: “Nimugende muzagaruke nyuma y’iminsi itatu.” Nuko barataha.

6 Umwami Robowamu agisha inama abantu b’inararibonye bakoranaga na se Salomo, arababaza ati: “Bariya bantu nabasubiza iki?”

7 Baramusubiza bati: “Nugaragariza aba bantu ko wiyemeje kubakorera, ukabanezeza ukabasubiza neza, na bo bazakubera abagaragu iteka ryose.”

8 Nyamara Robowamu ntiyita ku nama inararibonye zamuhaye, ahubwo agisha inama abasore babyirukanye bari bamushagaye.

9 Arababaza ati: “Bariya bantu bansaba ngo mborohereze imitwaro data yabikoreje nabasubiza iki?”

10 Abo basore babyirukanye baramubwira bati: “Abo bantu binubira ko so yabagize inkoreragahato, nyamara baragusaba ngo uzaborohereze. Uzabasubize uti: ‘Ubukana bwanjye ni bwinshi kuruta ubwa data.

11 Data yabikoreje imitwaro iremereye, ariko jye nzabarushirizaho. Data yabakubise iminyafu, nyamara jyewe nzabakubita ibibōko.’ ”

12 Ku munsi wa gatatu Yerobowamu n’abantu be bose, basubira kwa Robowamu nk’uko yari yarabibasezeranyije.

13 Nuko Robowamu abasubizanya inabi nyinshi, ntiyita ku nama abantu b’inararibonye bari bamugiriye,

14 ahubwo abasubiza akurikije inama yahawe n’abasore ati: “Data yabikoreje imitwaro iremereye, ariko jyewe nzabarushirizaho. Data yabakubise iminyafu, nyamara jyewe nzabakubita ibibōko.”

15 Robowamu arinangira ntiyita ku byo abo bantu bamubwiye. Uhoraho ni we washatse ko biba bityo, kugira ngo asohoze ibyo yari yarabwiye Yerobowamu mwene Nebati, atumye Ahiya w’i Shilo.

Ubwami bwigabanyamo kabiri: Robowamu umwami w’u Buyuda

16 Abisiraheli bo mu majyaruguru babonye ko umwami atabumvise, baramusubiza bati: “Duhuriye he n’abakomoka kuri Dawidi? Mbese hari isano dufitanye n’abakomoka kuri Yese? Abisiraheli buri wese nasubire iwe, naho wowe mwene Dawidi menya iby’iwanyu.” Bityo bagomera Robowamu barigendera.

17 Abisiraheli bari batuye mu mijyi y’u Buyuda, ni bo bonyine bemeye gutegekwa na Robowamu.

18 Nuko Umwami Robowamu atuma Adoniramu wakoreshaga imirimo y’agahato ku Bisiraheli bo mu majyaruguru, maze bamwicisha amabuye. Umwami abyumvise ahita yurira mu igare rye ahungira i Yeruzalemu.

19 Guhera ubwo imiryango y’Abisiraheli bo mu majyaruguru, igomera abami bakomoka kuri Dawidi kugeza na n’ubu.