Categories
2 Abanyatesaloniki

2 Abanyatesaloniki 1

Indamutso

1 Jyewe Pawulo hamwe na Silasi na Timoteyo,

turabandikiye mwebwe abari mu Mana Data no muri Nyagasani Yezu Kristo, mugize itorero rya Kristo ry’i Tesaloniki.

2 Imana Data nibagirire ubuntu, ibahe n’amahoro, ifatanyije na Nyagasani Yezu Kristo.

Urubanza ruzaba ubwo Kristo azaza.

3 Bavandimwe, twabura dute kubashimira Imana ubutitsa? Koko birakwiye kuko murushaho gutera imbere mu kwizera Kristo, kandi n’urukundo mufitanye rukiyongera.

4 Ni yo mpamvu mu matorero y’Imana turata ibyanyu, tuvuga uko mwihangana mukizera Kristo, nubwo mutotezwa mukanahura n’amakuba y’uburyo bwose.

5 Ibyo ni byo byerekana ko Imana idaca urwa kibera. Ni cyo kizatuma mubarwa mu bakwiye ubwami bwayo, ari na bwo babahōra bakabagirira nabi.

6 Imana ni intabera, ababateza amakuba izabitura amakuba,

7 namwe abababazwa ibiture kuruhukana natwe. Ni ko bizamera igihe Nyagasani Yezu azahishurwa avuye mu ijuru, ashagawe n’abamarayika be yahaye ububasha.

8 Azaza mu muriro ugurumana yihōrere ku batazi Imana, ntibumvire Ubutumwa bwiza bw’Umwami wacu Yezu.

9 Bazahabwa igihano cyo kurimbuka bajyanwe kure ya Nyagasani, batandukanywe n’ikuzo rye n’ububasha bwe.

10 Ni ko bizamera kuri wa munsi Nyagasani azaza guheshwa ikuzo n’intore ze no gutangarirwa n’abamwemeye bose – muri abo namwe murimo, kuko mwemeye ibyo twahamije hagati muri mwe.

11 Ngiyo impamvu ituma duhora tubasabira kugira ngo Imana ibone ko mukwiye ibyo yabahamagariye. Turayisaba kurambura ukuboko kwayo ngo isohoze imigambi myiza yose mwagize, kimwe n’ibikorwa byiza muheshwa no kwizera Kristo.

12 Bityo Umwami wacu Yezu Kristo aherwe ikuzo muri mwe, kandi namwe muriherwe kuri we, mubikesha ubuntu mugirirwa n’Imana yacu na Nyagasani Yezu Kristo.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/2TH/1-1c90b8f6d9b771e610ba07f84bff8cc1.mp3?version_id=387—

Categories
2 Abanyatesaloniki

2 Abanyatesaloniki 2

Umugome Gica

1 Bavandimwe, ku byerekeye kuza k’Umwami wacu Yezu Kristo no ku byerekeye uko tuzateranira imbere ye, turabasabye

2 ntimuzakurwe umutima cyangwa ngo muterwe ubwoba no kumva ko umunsi wo kuza kwa Nyagasani wageze, naho hagira uvuga ko yabihishuriwe na Mwuka cyangwa ko hari uwabitangaje, cyangwa se ko ari twe twabyanditse.

3 Ntihazagire ubashuka na gato. Ibyo bitaraba hagomba kuzabanza kubaho abantu benshi beguka ku Mana, noneho uwitwa “Umugome Gica” wagenewe kurimbuka agahishurwa.

4 Uwo ni we urwanya icyo abantu bita imana cyose n’icyo basenga cyose, akishyira hejuru yabyo ku buryo yicara mu Ngoro y’Imana, akigira Imana.

5 Mbese ntimwibuka ko tukiri kumwe nabibabwiye?

6 Ubu kandi muzi igihagaritse ibyo byose icyo ari cyo. Ni ukugira ngo azahishurwe igihe cye kigeze.

7 Koko rero amayobera y’ubugome yatangiye gukora ibyayo. Icyakora haracyariho ubuzitiyekugeza igihe azavanwaho.

8 Ubwo ni bwo wa Mugome azahishurwa, noneho igihe Nyagasani Yezu azaba aje amwicishe umwuka wo mu kanwa ke, amutsembeshe ukurabagirana kwe.

9 Uwo Mugome azaza akoreshwa n’imbaraga za Satani ngo atange ibimenyetso, akore ibitangaza n’ibindi bikorwa by’ububasha by’uburyo bwose byo kuyobya abantu.

10 Azakoresha ubuhemu bw’uburyo bwose kugira ngo ashuke abagenewe kurimbuka, bazira kudakunda ukuri kwari kubarokora.

11 Ni yo mpamvu Imana iboherereza ubuyobe bukaze butuma bemera ibinyoma.

12 Bityo abazaba bataremeye ukuri ahubwo bakishimira ubugome, bazatsindwe n’urubanza.

Abatoranyirijwe agakiza

13 Bavandimwe mukundwa na Nyagasani, nta cyatubuza guhora dushimira Imana kubera mwebwe. Ni mwe Imana yatoranyije ngo mube aba mbere bo guhabwaagakiza mubikesha Mwuka wabeguriye Imana, mubikesha kandi kwemera ukuri.

14 Ni byo yabahamagariye ikoresheje Ubutumwa bwiza twabagejejeho, kugira ngo muhabwe ikuzo ry’Umwami wacu Yezu Kristo.

15 Bityo rero bavandimwe, nimuhagarare kigabo, mukomere ku nyigisho twabagejejeho mu magambo no mu nzandiko.

16 Nyagasani Yezu Kristo nabakomeze, afatanyije n’Imana Data yadukunze ikadutera inkunga iteka, ikadutera no kwiringira ibyiza kubera ubuntu itugirira.

17 Nibakomeze rero, ibahe n’imbaraga mu byiza byose mukora kandi muvuga.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/2TH/2-897a903265a8a37ff697a387984aea02.mp3?version_id=387—

Categories
2 Abanyatesaloniki

2 Abanyatesaloniki 3

“Nimudusabire.”

1 Ahasigaye rero bavandimwe, mudusabire kugira ngo Ijambo rya Nyagasani rikomeze ryamamare, rihabwe ikuzo nk’uko bigenda iwanyu.

2 Mudusabire kandi kugira ngo Imana idukize abagome n’abagizi ba nabi. Erega si ko bose bemera Kristo!

3 Ariko Nyagasani ni indahemuka, azabakomeza kandi abarinde Sekibi.

4 Ni Nyagasani utuma tubagirira icyizere, ibyo tubashinga murabikora kandi muzakomeza kubikora.

5 Nyagasani nabayobore abageze ku rukundo rw’Imana, no ku kwihangana gutangwa na Kristo.

Kwirinda ubunebwe

6 Bavandimwe, mu izina rya Nyagasani Yezu Kristo turabihanangiriza kwitandukanya n’umuvandimwe wese w’umunebwe, udakurikiza inyigisho twabahaye.

7 Mwebwe ubwanyu muzi neza ukuntu mugomba gukurikiza urugero rwacu. Igihe twari kumwe ntabwo twabaye abanebwe,

8 nta muntu twigeze twaka ibyo kudutunga ku busa. Ahubwo ijoro n’amanywa twarakoze, tugira imvune n’umunaniro kugira ngo tutagira n’umwe turushya.

9 Si uko tutari tubifitiye uburenganzira, ahubwo twashatse kubaha urugero mukurikiza.

10 Koko rero igihe twari iwanyu twarababwiye tuti: “Udashaka gukora ntakarye.”

11 None twumva ko muri mwe hari abanebwe batagira icyo bakora, ahubwo bakivanga mu by’abandi.

12 Abo ngabo turabategeka tubihanangiriza mu izina rya Nyagasani Yezu Kristo, ngo bakore bafite ituze kugira ngo babone ibibatunga.

13 Naho mwebwe bavandimwe, ntimugacogore mu gukora ibyiza.

14 Nihagira utumvira amabwiriza yacu akubiye muri uru rwandiko, mumumenye mwitandukanye na we bitume akorwa n’isoni.

15 Icyakora ntimukamufate nk’umwanzi, ahubwo mujye mumuhana bya kivandimwe.

Umwanzuro

16 Nyagasani we sōko y’amahoro, ubwe abe ari we ubaha amahoro iteka ku buryo bwose. Nyagasani nabane namwe mwese.

17 Jyewe Pawulo ndabatashya. Ibi ni jye ubyiyandikiye n’ukwanjye kuboko. Ni wo mukono njya nshyira ku nzandiko zanjye zose. Uko ni ko nandika.

18 Umwami wacu Yezu Kristo nagumye kubagirira ubuntu mwese.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/2TH/3-a26d1c5b2e26ec0cc7a3c558a00d43d7.mp3?version_id=387—