Categories
2 Abanyakorinti

2 Abanyakorinti 1

Indamutso

1 Jyewe Pawulo, Intumwa ya Kristo Yezu nk’uko Imana yabishatse, hamwe n’umuvandimwe Timoteyo, turabandikiye mwebwe itorero ry’Imana riri i Korinti, hamwe n’intore zayo zose ziri muri Akaya yose.

2 Imana Data nibagirire ubuntu ibahe n’amahoro, ifatanyije na Nyagasani Yezu Kristo.

Pawulo ashimira Imana

3 Dushimire Imana, Se w’Umwami wacu Yezu Kristo. Ni yo mubyeyi nyir’impuhwe, ni Imana ihumuriza abayo uko byamera kose.

4 Ni yo iduhumuriza mu makuba yacu yose, kugira ngo natwe dushobore guhumuriza abandi bayafite bose, tubahumuriza uko natwe Imana yaduhumurije.

5 Bityo rero nk’uko imibabaro ya Kristo itugeraho bikabije, ni na ko iduhumuriza bihebuje ikoresheje Kristo.

6 Igihe twe tubabazwa ni ukugira ngo mwe Imana ibahumurize inabakize, kandi igihe Imana iduhumuriza ni ukugira ngo namwe ibahumurize, ibashoboze kwihanganira iyo mibabaro dusangiye.

7 Ntidutezuka kwiringira Imana ku bwanyu, tuzi ko dusangiye guhumurizwa na yo kimwe n’uko dusangiye imibabaro.

8 Bavandimwe, turashaka ko mumenya amakuba twagiriye mu ntara ya Aziya. Yari menshi bikabije, ntiyari ayo kwihanganirwa ku buryo twihebye, ntitwaba tukiringiye kubaho.

9 Ubirebye twabaye nk’abaciriwe urwo gupfa, kwari ukugira ngo tutizera ububasha bwacu ahubwo twizere Imana izura abapfuye.

10 Ni yo yaturokoye urupfu rukomeye, rutyo rwose izanaturokora. Erega ni yo twiringiye, izongera iturokore

11 kuko namwe mufatanyije natwe mukaba mudusabira! Bityo kubera amasengesho y’abantu benshi, Imana izatugirira ubuntu bitume benshi bayishimira ku bwacu.

Pawulo yunguka indi migambi

12 Ngiki ikidutera ishema: ni uko umutima wacu utwemeza ko twabaye kuri iyi si cyane cyane muri mwe, twiyorohejetutaryarya kandi tubikesha Imana. Ibyo ntitwabitewe n’ubwenge bw’abantu, ahubwo twabitewe n’ubuntu Imana itugirira.

13-14 Mu nzandiko zacu nta bindi tubandikira, bitari ibyo musoma kandi mukabisobanukirwa. Ariko nubwo ubu mwabisobanukirwa buhoro, niringiye ko iherezo muzabisobanukirwa neza. Bityo umunsi Umwami wacu Yezu azaza, tuzagira ishema ku bwanyu nk’uko namwe muzarigira ku bwacu.

15 Kuko nari nizeye ibyo nagize umugambi wo kuba ari mwe mbanza gusura, kugira ngo Imana ibagirire ubuntuubwa kabiri.

16 Nari nafashe umugambi wo kunyura iwanyu njya mu ntara ya Masedoniya, no kongera kubareba mvayo ngo mumfashe gukomeza urugendo rwanjyerwo kujya muri Yudeya.

17 Mbese muribwira yuko igihe nateganyaga ibyo nabikoze mpubutse? Cyangwa muribwira yuko mfata imigambi nk’ab’isi, ku buryo mbasha kuvuga nti: “Yego nzaza”, hanyuma nti: “Oya sinzaza”?

18 Imana ni yo ntanze ho umugabo: ntabwo twabarimanganyije tuti: “Yego”, kandi ngo: “Oya”.

19 Koko rero Kristo Yezu Umwana w’Imana twamamaje iwanyu – jye na Silasi na Timoteyo– ntabwo icyarimwe yaba “Yego” na “Oya”, ahubwo we nta kindi kimuvamo kitari “Yego”.

20 “Yego” ya Kristo ni yo cyemezo cy’amasezerano y’Imana uko angana, natwe rero akaduha kwikiriza tuti: “Amina” kugira ngo duheshe Imana ikuzo.

21 Twebwe namwe, Imana ubwayo ni yo idushoboza gukomera kuri Kristo. Ni na yo yadutoranyijengo dukore umurimo wayo,

22 kandi ikadushyiraho ikimenyetso kigaragaza ko turi abayo, mu mitima yacu ikaduha Mwuka wayo ho umusogongero w’ibyiza tuzahabwa.

23 Imana ni yo ntanzeho umugabo – niba mbeshya ibimpōre. Icyatumye ntongera kuza i Korinti kwari ukugira ngo ntabaremerera.

24 Erega si twe tubagenga ku byerekeye ibyo kuyoboka Kristo – musanzwe mukomeye kuri we! Ahubwo dukorana namwe kugira ngo mugire ibyishimo.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/2CO/1-b7444fbb7cc09e5cfa34567d9babc901.mp3?version_id=387—

Categories
2 Abanyakorinti

2 Abanyakorinti 2

1 Koko niyemeje kutagaruka iwanyu kugira ngo ntongera kubatera agahinda.

2 None se ndamutse mbateye agahinda, jye ni ba nde bantera ibyishimo? Ese si mwebwe kandi ari mwe nateye agahinda?

3 Burya icyatumye mbandikirakwari ukugira ngo ningera iwanyu, ndaterwa agahinda n’abantu bagombaga kunshimisha. Mpamya ko igihe jye nishimye, namwe mwese muba mwishimye.

4 Koko nabandikiye ndi mu makuba menshi kandi mfite umutima uhagaze, ndetse mbogoza amarira menshi atari ukugira ngo mbatere agahinda, ahubwo ari ukugira ngo mbereke ukuntu mbakunda cyane.

Kubabarira uwagize nabi

5 Niba hariho umuntu wagize uwo atera agahinda, si jye yagateye ahubwo ni mwe mwese – cyangwa se ntakabije ni bamwe muri mwe.

6 Igihano abenshi muri mwe bahanishije uwo muntu kirahagije.

7 Ndetse ahasigaye mugomba kubabarira uwo muntu, mukamuhumuriza kugira ngo aticwa n’agahinda gakabije.

8 Ndabinginze rero mumwereke ko mumukunda.

9 Burya icyatumye mbandikira kwari ukugira ngo mbasuzume, ndebe ko mwumvira muri byose.

10 Iyo mubabariye umuntu, nanjye mba mubabariye. Koko kandi niba jye naragize icyo mubabarira – habaye impamvu ituma mubabarira – mba narabikoze ku bwanyu, Kristo ni we ntanze ho umugabo.

11 Bityo tuba tudahaye Satani urwaho rwo kutugusha mu mutego: erega ntituyobewe imigambi ye!

Uko Pawulo yahagaritse umutima igihe yari i Tirowa

12 Igihe nageraga i Tirowa njyanywe no kwamamaza Ubutumwa bwiza bwa Kristo, nasanze Nyagasani yaranyugururiye amarembo.

13 Icyakora nahagaritswe umutima cyane no gusanga umuvandimwe wanjye Tito adahari, ni ko kubasezeraho njya muri Masedoniya.

Kristo adushoboza gutsinda

14 Ariko Imana ishimwe yo iturangaza imbere, turi mu myiyereko y’ugutabaruka kwa Kristo. Ni yo ituma tugaragaza ibya Kristo ahantu hose, kugira ngo impumuro nziza yo kumumenya ikwire.

15 Koko rero turi nk’imibavu ihumura neza Kristo atura Imana, impumuro yayo ikagera ku bantu bakizwa no ku bahabye.

16 Ku bahabye ni impumuro y’urupfu ibibutsa ko bazapfa, ku bakizwa ni impumuro y’ubugingo ibibutsa ko bazabaho. Ese ubwo ni nde washobora gukora uwo murimo?

17 Twebwe ntitumeze nk’abantu benshi bafata Ijambo ry’Imana nk’igicuruzwa mu isoko. Ahubwo turivuga tutaryarya dutumwe n’Imana, turi imbere yayo muri Kristo.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/2CO/2-635755fe22ed2201e4677725ea68ea24.mp3?version_id=387—

Categories
2 Abanyakorinti

2 Abanyakorinti 3

Abagaragu b’Imana b’Isezerano rishya

1 Mbese ibyo bivuga ko twongeye kwiyogeza? Cyangwa se dukeneye inzandiko zo kudusohoza kuri mwe, cyangwa izo twabaka tukazitwaza nk’uko bamwe babigenza?

2 Mwebwe ubwanyu ni mwe rwandiko rwanditswe ku mitima yacu, ruzwi na bose rugasomwa na bose.

3 Biragaragara ko muri urwandiko rwanditswe na Kristo akarudushinga. Urwo rwandiko ntirwanditswe hakoreshejwe wino, ahubwo rwanditswe hakoreshejwe Mwuka w’Imana nzima. Ibyo rwanditsweho si amabuye abaje, ahubwo ni imitima y’abantu.

4 Ibyo ni byo twemeza tubitewe no kwizera Imana tubikesha Kristo.

5 Ntitwakwibwira ko hari icyo dushobora gukora ubwacu, ahubwo ibyo dukora byose Imana ni yo ibidushoboza.

6 Ni yo yatugize abagaragu bayo ngo dukorere Isezerano rishya ridashingiye ku Mategeko yanditswe, ahubwo rishingiye kuri Mwuka. Amategeko yanditswe aricisha, naho Mwuka akabeshaho.

7 Ayo Mategeko inyuguti zayo zanditswe ku mabuye abaje. Nyamara kandi yaje aherekejwe n’ikuzo ry’Imana, ku buryo Abisiraheli batashoboye kwitegereza mu maso ha Musa, kubera iryo kuzo rirabagiranakandi ari ikuzo rishira. Ubwo Amategeko yari afite umurimo wo guteza abantu urupfu, kandi akaba afite ikuzo ringana rityo,

8 mbega ukuntu umurimo wa Mwuka uzarushaho kugaragaza ikuzo ry’Imana!

9 Ubwo Amategeko afite umurimo wo gucira abantu iteka kandi akaba afite ikuzo, mbega ukuntu umurimo utuma abantu batunganira Imana urushaho kugira ikuzo risesuye!

10 Ni ukuri ibyahoranye ikuzo nta kuzo bigifite, ubigereranyije n’ibisigaye bifite ikuzo risesuye.

11 Koko rero, ubwo ibyamaze akanya gato bigashira byahawe ikuzo, mbega ukuntu ibizahoraho bizarushaho kurihabwa!

12 Noneho ubwo dufite ibyo twiringira bingana bityo, ni cyo gituma dushira amanga cyane.

13 Ntitumeze nka Musa witwikiraga igitambaro mu maso, kugira ngo Abisiraheli batabona rya kuzo rishira.

14 Nyamara ibitekerezo byabo byahumiye ku mirari. No kugeza magingo aya cya gitambaro baracyacyitwikira mu maso, igihe basomerwa Isezerano rya Kera. Erega uri muri Kristo wenyine ni we kivanwaho!

15 Rwose no kugeza uyu munsi iyo umuntu abasomera igitabo cya Musa, cya gitwikirizo kiba kibambītse ku mitima yabo.

16 Ariko nk’uko Ibyanditswe bivuga: “Iyo umuntu ahindukiriyeNyagasani, icyo gitwikirizo gikurwaho.”

17 Nyagasani uvugwa aha ni Mwuka kandi aho Mwuka wa Nyagasani ari, ni ho haba kwishyira ukizana by’ukuri.

18 Twebwe twese rero dutwikuruwe mu maso turabagirana ikuzo rya Nyagasani. Bityo tugumya guhindurwa kugira ngo duse na we, tugahabwa ikuzo rigenda ryiyongera ubutitsa. Ibyo Mwuka wa Nyagasanini we ubikora.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/2CO/3-5b4630d3be59c863f7267f7a1b9b4079.mp3?version_id=387—

Categories
2 Abanyakorinti

2 Abanyakorinti 4

Ubukungu bwa Mwuka mu bibindi

1 Koko rero Imana yatugiriye imbabazi idushinga uyu murimo, ni cyo gituma tudacogora.

2 Ahubwo twazinutswe ibiteye isoni byose bikorwa rwihishwa, ntitucyifata nk’abariganya cyangwa ngo duhindagure Ijambo ry’Imana. Ahubwo tugaragariza buri muntu ukuri kw’Imana, kugira ngo aturebereho agire umutima unyuzwe imbere yayo.

3 Nyamara rero niba Ubutumwa bwiza twashinzwe butwikiriwe, abazimiye ni bo baba babuhishwe.

4 Abo ntibemera ubwo Butumwa kuko imana mbi y’ab’iki giheyabahumye imitima, kugira ngo batabona urumuri rw’Ubutumwa bwiza buranga ikuzo rya Kristo, ari we shusho y’Imana.

5 Erega si twe twiyamamaza ahubwo ni Kristo twamamaza, twerekana ko ari we Nyagasani naho twebwe tukaba abagaragu banyu ku bwa Yezu.

6 Imana yavuze iti: “Umucyo ubandurire mu mwijima,”ni na yo yatumye urumuri rwayo rubandurira mu mitima yacu kugira ngo ikuzo ryayo tubonera mu maso ha Kristo, turimenye ritumurikire.

7 Icyakora ubukungu bwo kumenya ibyo tubutwaye tumeze nk’ibibindi bimeneka ubusa. Ni ukugira ngo ububasha buhebuje budukoreramo bwe kutwitirirwa, ahubwo bumenyekane ko ari ubw’Imana.

8 Tubabazwa ku buryo bwose nyamara ntibiduca intege, duhura n’ingorane nyamara ntitwiheba,

9 turatotezwa nyamara Imana ntidutererana, dukubitwa hasi nyamara ntibiduhitana.

10 Iteka tugendana urupfu rwa Yezu mu mibiri yacu, kugira ngo ubugingo bwe bugaragarire muri yo.

11 Koko rero duhora twicwa duhōrwa Yezu, kugira ngo ubugingo bwe bugaragarire muri iyi mibiri yacu ipfa.

12 Bityo twe ni urupfu rutubungamo naho mwe ni ubugingo.

13 Ibyanditswe biravuga ngo: “Nizeye Imana ni cyo gituma mvuga ibyayo.” Natwe ni uko dufite bene uko kwizera, ni cyo gituma tuvuga ibyayo.

14 Tuzi ko Imana yazuye Nyagasani Yezu, natwe izatuzurana na we, maze idukoranyirize imbere yayo hamwe namwe.

15 Ibyo byose biba ku bwanyu kugira ngo ubuntu Imana igira busenderezwe muri benshi, butume abayishimira biyongera maze bagwize ikuzo ryayo.

Kubeshwaho no kwizera Imana

16 Ni cyo gituma tudacogora. Koko imibiri yacu igenda isaza, naho mu mitima yacu duhindurwa bashya buri munsi.

17 Nuko rero amakuba y’akanya gato duhura na yo muri iki gihe, nta cyo avuze uyagereranyije n’ikuzo ry’akataraboneka rizahoraho iteka dutegurirwa n’ayo makuba.

18 Noneho ntitwibanda ku bigaragara ahubwo twibanda ku bitagaragara, kuko ibigaragarira amaso bimara igihe gito naho ibitagaragara bihoraho iteka ryose.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/2CO/4-a3e167c98987d97d50ebe6acb98cbea3.mp3?version_id=387—

Categories
2 Abanyakorinti

2 Abanyakorinti 5

1 Koko rero aka kazu k’ingando dutuyemo ari ko mubiri, tuzi ko nigasenyuka mu ijuru dufite inzu idasenyuka tuzabamo, itubatswe n’abantu ahubwo yubatswe n’Imana.

2 Igihe tukigatuyemo turanihatubitewe no kwifuza cyane gutwikirwa n’iyo nzu yacu yo mu ijuru

3 maze nitumara gutwikirwa na yo tuzasangwe tutambaye ubusa.

4 Koko rero twebwe abakiri muri aka kazu k’ingando, duhora tuniha nk’abantu bikoreye imitwaro iremereye. Si uko dushaka kwamburwa uyu mubiri usanzwe, ahubwo twifuza kwambikwa umubiri tuzaherwa mu ijuru, kugira ngo uyu upfa uzimangatanywe n’ubugingo buhoraho.

5 Ibyo ni byo Imana ubwayo yaduteganyirije, ndetse yaduhaye Mwuka wayo ho umusogongero w’ibyo yatugeneye.

6 Ni cyo gituma tuba indacogora. Tuzi ko igihe tukiri iwacu mu mubiri, tuba turi kure ya Nyagasani.

7 Tugenda tuyoborwa n’ukwizera, tutayoborwa n’ibigaragarira amaso.

8 Ni koko turi indacogora. Icyo twahitamo ni ukwimuka, tukavanwa muri uyu mubiri tugataha kwa Nyagasani.

9 Icyo tugamije rero ni ukumushimisha, twaba tugituye muri uyu mubiri cyangwa tuwimutsemo.

10 Koko rero twese tugomba kuzitaba urukiko kugira ngo ducirwe urubanza na Kristo, umuntu wese yiturwe ibikwiriye ibyiza cyangwa ibibi azaba yarakoze agituye mu mubiri.

Kristo yatwunze n’Imana

11 Noneho tuzi gutinya Nyagasani icyo ari cyo, ni cyo gituma dukora uko dushoboye ngo twemeze abantu ibye. Uko tumeze kose Imana iratuzi imbere n’inyuma, nkaba niringira ko namwe mwamenye imbere n’inyuma.

12 Ntabwo ari ukongera kubiyogezaho, ahubwo dushaka kubaha impamvu mwashingiraho mukaturata, kugira ngo mubone icyo musubiza ba bandi barata iby’inyuma gusa, bidafite ishingiro mu mutima.

13 Niba turi abasazi (nk’uko bavuga), twasaze ku bw’Imana, ariko niba dushyira mu gaciro ni mwe bifitiye akamaro.

14 Koko urukundo rwa Kristo ni rwo rubiduhatira. Twemera ko uwapfiriye abantu bose ari umwe, bityo rero bose bakaba barapfuye.

15 Ikindi yapfiriye bose kugira ngo abakiriho be gukomeza kubaho bishimisha, ahubwo babeho bashimisha Kristo wabapfiriye maze akazuka.

16 Bityo kuva ubu nta muntu tucyemera dushingiye kuri kamere y’abantu. Ndetse nubwo kera na Kristo twamwemeraga dutyo, ubu si ko tukimwemera.

17 Erega iyo umuntu ari muri Kristo aba icyaremwe gishya, ibya kera biba bishize byose bikaba bihindutse bishya.

18 Ibyo byose Imana ni yo yabikoze. Yiyunze na twe ikoresheje Kristo, nyuma idushinga umurimo wo kubwira abantu ngo biyunge na yo.

19 Koko rero Imana yari muri Kristo igihe yiyungagan’abantu bo ku isi yose, bityo ntiyaba ikibabaraho ibicumuro byabo. Natwe idushinga kubwira abantu ngo biyunge na yo.

20 Koko turi intumwa za Kristo, ndetse Imana ubwayo ni yo ibahamagara ari twe ikoresheje. Turabinginga mu izina rya Kristo, nimwiyunge n’Imana.

21 Kristo utarigeze akora icyaha Imana yamubazeho ibyaha byacu, kugira ngo muri we tubarweho ubutungane bwayo.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/2CO/5-f3c3af0080bbc7f43609afdb669f3f94.mp3?version_id=387—

Categories
2 Abanyakorinti

2 Abanyakorinti 6

1 Noneho ubwo dukorana n’Imana, turabinginga kugira ngo ubuntu yabagiriye bwe gupfa ubusa.

2 Koko rero ubwayo yaravuze iti:

“Mu gihe gikwiye

narakumvise,

ku munsi w’agakiza

naragutabaye.”

None rero iki ni cyo gihe gikwiye, uyu ni wo munsi w’Imana wo gukiza abantu.

3 Twirinda kugira uwo twabangamira ku buryo bwose, kugira ngo umurimo dukora utagawa.

4 Ahubwo dukora byose twerekana ko turi abagaragu b’Imana, twihanganira cyane amakuba n’ingorane n’ibyago.

5 Twarakubiswe dushyirwa muri gereza, dutezwa imidugararo, twarakoze twiyuha akuya, twaraye tudasinziriye ndetse akenshi ntiturye.

6 Turangwa n’imibereho izira amakemwa no kumenya ukuri no kwihangana no kugira neza. Turangwa kandi na Mwuka Muziranenge n’urukundo ruzira uburyarya,

7 n’ukuri twamamaza n’ububasha Imana iduha. Imyifatire itunganye ni yo ntwaro turwanisha, kandi ni na yo ngabo dukinga.

8 Rimwe abantu baduha icyubahiro ubundi bakadukoza isoni rimwe bakadusebya ubundi bakadushimagiza. Batwita abanyabinyoma nyamara kandi turi abanyakuri.

9 Dusa n’abatazwi nyamara dore tuzwi n’umuhisi n’umugenzi. Dusa n’abagiye gupfa, nyamara dore turiho. Bajya baduhana nyamara ntibatwice.

10 Duterwa ishavu nyamara tugahorana ibyishimo. Turi abakene nyamara tugakenura benshi. Dusa n’abatagira na mba nyamara dufite byose.

11 Yemwe bagenzi bacu b’i Korinti, twababwije ukuri kose kandi turabirundurira.

12 Mu mibanire yacu namwe si twe twizigamye ahubwo ni mwe.

13 Nuko rero ndababwira nk’umubyeyi ubwira abana be, namwe nimutwirundurire nk’uko twabibagiriye.

Kwirinda gufata impu zombi

14 Ntimukifatanye n’abatemera Kristo. Mbese ubutabera n’ubugome byahurira he? Ese umucyo wasābana ute n’umwijima?

15 Cyo nimumbwire: Kristo yahuza inama ate na Satani? Cyangwa uwemera Kristo aba ahuriye ku ki n’utamwemera?

16 Mbese Ingoro y’Imana yayisangira ite n’ibigirwamana? Erega ingoro y’Imana nzima ni twebwe, nk’uko ubwayo yivugiye iti: “Nzatura hagati muri bo ngendane na bo, nzaba Imana yabo na bo babe ubwoko bwanjye.”

17 Ni cyo gituma Nyagasani avuga ati:

“Nimuve muri ba bantu mwitandukanye na bo.

Ntimugire ikintu cyose gihumanye mukoraho,

nanjye nzabakira.

18 Nzababera So, namwe mumbere abahungu n’abakobwa.

Uko ni ko Nyagasani Ushoborabyose avuga.”

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/2CO/6-6fa00bd03f980c78a4e09f793dfcad73.mp3?version_id=387—

Categories
2 Abanyakorinti

2 Abanyakorinti 7

1 Ncuti nkunda, ayo masezerano ni twe yahawe. Bityo rero nimucyo twiyeze, twivaneho ikintu cyose gishobora kuduhumanya imibiri cyangwa imitima, twihatire kuba abaziranenge rwose tubitewe no gutinya Imana.

Ibyishimo bya Pawulo

2 Nimuduhe umwanya mu mitima yanyu. Dore nta muntu twafudikiye, nta n’uwo twayobeje cyangwa ngo tumurye imitsi.

3 Ibyo simbivuze ari ukubacira urubanza. Nk’uko nabivuze mbere, muri inkoramutima zacu, ku buryo nta cyadutandukanya namwe; twiteguye kubana namwe, cyangwa gupfana namwe.

4 Mbafitiye icyizere cyinshi kandi koko muntera ishema ryinshi. No mu makuba yose twagize Imana irushaho kumpumuriza, ngasābwa n’ibyishimo.

5 Koko rero igihe twageraga mu ntara ya Masedoniya, nta gahenge twigeze tugira ahubwo twagize ingorane impande zose, abanzi baduteraga baturutse hirya no hino tukagira n’inkeke ku mutima.

6 Ariko Imana ihumuriza abashobewe yaraduhumurije tubonye Tito aje.

7 Ukuza kwe si ko kwaduhumurije konyine, ahubwo no kumva ko namwe mwamuhumurije byaturemye agatima. Yatubwiye ukuntu munkumbuye n’ishavu mufite, atubwira n’uko mundwanira ishyaka. Ibyo byatumye ndushaho kugira ibyishimo.

8 Nubwo urwandikonabandikiye rwaba rwarabateye agahinda, sinicuza ko narwanditse. Nari ngiye kubyicuza igihe mbonye ukuntu rwabateye agahinda akanya gato.

9 Ariko ubu ndishimye atari uko nabateye agahinda, ahubwo ari uko ako gahinda kabateye kwihana. Erega ako ni agahinda gahuje n’ibyo Imana ishaka! Bityo nta kibi mwahuye na cyo kiduturutseho.

10 Burya agahinda gahuje n’ibyo Imana ishaka gatera umuntu kwihana kakamugeza ku gakiza, agahinda nk’ako nta mpamvu yo kukicuza. Naho agahinda gasanzwe ko muri iyi si kageza umuntu ku rupfu.

11 Mbega ibyiza mwazaniwe n’agahinda gahuje n’ibyo Imana ishaka! Mbega umwete kabateye wo kwita ku byabaye ngo mwiregure! Mbega ukuntu kabateye kurakara no guhagarika umutima! Mbega ibyifuzo n’ishyaka kabateye ngo mwemere guhana uwagize nabi! Muri byose mwagaragaje ko muri abere muri urwo rubanza.

12 Nuko rero igihe nabandikiraga rwa rwandiko, sinabitewe n’uwacumuye cyangwa n’uwacumuweho,ahubwo kwari ukugira ngo imbere y’Imana ishyaka mudufitiye ribagaragarire.

13 Uko mwifashe bamaze kurubasomera byaraduhumurije.

Erega si uguhumurizwa gusa ahubwo twarushijeho kwishima, tubonye ukuntu Tito yari anezerewe kubera ko mwese mwamuremye agatima.

14 Nari naramuratiye ibyanyu, none koko ntimwankojeje isoni. Nk’uko buri gihe twababwizaga ukuri, ni na ko ibigwi byanyu twaratiye Tito byabaye iby’ukuri.

15 Ni icyo cyatumye arushaho kubakunda, cyane cyane iyo yibutse uko mwumviye ibyo yababwiye n’uburyo mwamwakiriye mutinya kandi muhinda umushyitsi.

16 Nshimishijwe n’uko nshobora kubagirira icyizere muri byose.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/2CO/7-f1e4233ad24de3d67e0463d3169866ab.mp3?version_id=387—

Categories
2 Abanyakorinti

2 Abanyakorinti 8

Gutanga utitangiriye itama

1 Bavandimwe, turifuza kubamenyesha ubuntu Imana yagiriye amatorero yayo yo mu ntara ya Masedoniya.

2 Koko bagize amakuba menshi yo kubagerageza, nyamara ibyishimo byabo bisesuye byatumye batanga cyane batizigama, nubwo ari abakene bikabije.

3 Ndahamya ko batanze uko bashoboye, ndetse ibirenze uko bashoboye ari ntawe ubahase.

4 Batwinginze bakomeje ngo bagire uruhare mu gikorwa cyo kugoboka intore za Kristo z’i Yeruzalemu.

5 Nuko bakora ibirenze ibyo twari twizeye, ariko rero nk’uko Imana ishaka babanje kwitanga ubwabo, biyegurira Nyagasani nyuma natwe baratwiyegurira.

6 Ni cyo cyatumye twinginga Tito kuza iwanyu, kugira ngo arangize icyo gikorwa cyo kugira ubuntu yari yaratangiye muri mwe.

7 Musanzwe mushoboye ibintu byose mukanahebuza, ari ukwizera Kristo no kumwamamaza, ari ukumenya ukuri no kugira umwete muri byose ndetse no kudukunda, bityo ndifuza ko munahebuza muri icyo gikorwa cyo kugira ubuntu.

8 Si itegeko mbashyizeho ahubwo nagira ngo, mpereye ku mwete abandi bafite ndebe ko urukundo rwanyu ari urw’ukuri.

9 Koko rero muzi ubuntu Umwami wacu Yezu Kristo yagize: nubwo yari umukungu yigize umukene ku bwanyu,kugira ngo ubukene bwe bubagire abakungu.

10 Reka mbabwire icyo ntekereza kuri ibyo, ni cyo cyababera cyiza. Umwaka ushize ni mwe mwabaye aba mbere kugira icyo mutanga, si ibyo gusa, ni mwe mwabaye aba mbere kwiyemeza gutanga.

11 Umva rero nimurangize icyo gikorwa mwatangiye. Nk’uko mwacyiyemeje mufite ubwuzu, mube ari ko mukirangiza mutanga uko mufite.

12 Koko rero iyo umuntu atanganye ubwuzu, Imana yemera ituro rye uko arifite itamutezeho icyo adafite.

13 Ntabwo ngamije kubakenesha kugira ngo mbone uko nkenura abandi. Oya, ndagira ngo mube magirirane.

14 Kuri ubu mufite ibibasagutse, nuko rero nimubikenuze abakennye, maze igihe muzaba mukennye na bo bafite ibibasagutse, bazabibakenuza bityo na none mukaba mubaye magirirane.

15 Ni na ko Ibyanditswe bivuga ngo: “Uwatoraguye byinshi nta cyo yasaguye, n’uwatoraguye bike nta cyo yahombye.”

Tito na bagenzi be

16 Imana ishimwe ko yatumye Tito agira umwete wo kubafasha, nk’uko nanjye nywubagirira.

17 Icyo twamusabye yemeye kugikora, ndetse ishyaka ryinshi yari abafitiye ryamuteye kuza iwanyu abyiyemeje ubwe.

18 Tumutumanye n’umuvandimwe ushimwa n’amatorero yose ya Kristo, kubera ko yamamaza Ubutumwa bwiza.

19 Byongeye kandi uwo muvandimwe yatoranyijwe n’amatorero, ngo aduherekeze mu rugendo tuzajyamo rwo gusohoza uwo murimo w’ubuntu twashinzwe. Ibyo tubikorera guhesha Nyagasani ikuzo, no kugaragaza ubwuzu dufite bwo gufasha abandi.

20 Twirinda ko hagira umuntu udutera urubwa, akemanga uburyo ducunga iyo mari nyinshi twashinzwe.

21 Icyo duharanira si ugukora ibitunganiye Nyagasani gusa, ahubwo ni ugukora n’ibigaragarira abantu ko ari byiza.

22 Tubatumanye n’undi muvandimwe wacu, ni umuntu twagerageje kenshi no mu buryo bwinshi dusanga agira umwete wo gufasha abandi. Ubu ho arushijeho kuwugira kubera icyizere cyinshi abafitiye.

23 Tito we ni mugenzi wanjye dufatanyije umurimo tubakorera. Naho abo bavandimwe bacu bamuherekeje ni intumwa z’amatorero ya Kristo, na bo bakorera guhesha Kristo ikuzo.

24 Ngaho rero nimubagaragarize urukundo rwanyu, mubereke n’impamvu zaduteraga kurata ibigwi byanyu maze bimenyekane mu matorero.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/2CO/8-5d3da5043ee24cd5ffd1b9db5f4c9aec.mp3?version_id=387—

Categories
2 Abanyakorinti

2 Abanyakorinti 9

Imfashanyo yo kugoboka intore z’Imana z’i Yeruzalemu

1 Ntabwo rwose ari ngombwa ko mbandikira ku byerekeye igikorwa cyo kugoboka intore z’Imana zo muri Yudeya.

2 Nzi ko mugira ubwuzu bwo gufasha abandi, ndetse nabaratiye abo muri Masedoniyangira nti: “Kuva mu mwaka ushize abavandimwe bacu bo muri Akaya biteguye gutanga imfashanyo.” None iryo shyaka ryanyu ryemeje abenshi muri bo kugira icyo bakora.

3 Mboherereje abo bavandimwe kugira ngo ibyo bigwi twabavuze tubashimagiza bitaba impfabusa.

4 Naho ubundi nzanye n’abo muri Masedoniya bagasanga nta cyo mwari mwategura, twakorwa n’isoni kandi namwe mwarushaho kumwara kubera icyizere twari tubafitiye.

5 Ni cyo cyatumye mbona ko ari ngombwa gusaba abo bavandimwe ngo bambanzirize kuza iwanyu, kugira ngo batunganye ibyerekeye imfashanyo mwiyemeje gutanga. Nuko rero nzasange mwarayiteguye, bityo bigaragare ko mwatanganye ubwuzu mudahatwa.

6 Muzirikane iri jambo: “Ubiba nkeya azasarura nkeya, naho ubiba nyinshi azasarura nyinshi.”

7 Buri muntu wese akwiriye gutanga icyo yiyemeje, atinuba kandi adahatwa kuko Imana ikunda umuntu utanga anezerewe.

8 Koko rero ku buryo bwose Imana ibasha kubagirira ubuntu busesuye, kugira ngo muri byose n’igihe cyose mube mwihagije, ndetse munasagure ibyo gukoresha imirimo myiza yose.

9 Ni na ko Ibyanditswe bivuga, ngo:

“Yagize ubuntu aha abakene ataziganya,

ubutungane bwe azabuhorana iteka ryose.”

10 Imana iha umuhinzi imbuto zo kubiba, ikanamuha ibyokurya byo kumutunga, namwe izabaha imbuto zo kubiba inazigwize, kugira ngo zirumbuke umusaruro mwinshi wo kugira neza kwanyu.

11 Izabagwiriza ubukungu bw’uburyo bwose kugira ngo muzashobore gutanga mutizigama, maze bitume benshi bashimira Imana, bitewe n’imfashanyo zanyu tuzaba tubashyikirije.

12 Akamaro k’uwo murimo mukora si ako gukenura intore z’Imana gusa, ahubwo unatuma abashimira Imana barushaho kwiyongera.

13 Kuzirikana ibyo byose mwabakoreye bituma basingiza Imana, babonye ukuntu muyumvira, mugatangaza Ubutumwa bwiza bwa Kristo. Bayisingiza kandi kubera ko mugira ubuntu, mugasangira ibyanyu na bo ndetse n’abantu bose.

14 Bityo bazabasabira babafitiye urukumbuzi, bitewe n’ubuntu bw’Imana buhebuje bababonanye.

15 Imana ishimwe kubera impano itagereranywa yatugabiye.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/2CO/9-47425eb6a7ccc836e2ae93cd1f3eab67.mp3?version_id=387—

Categories
2 Abanyakorinti

2 Abanyakorinti 10

Pawulo yiregura ku Banyakorinti

1 Jyewe Pawulo ndabinginga nkoresheje ubugwaneza no kugira neza bya Kristo. Bavuga ko iyo turi kumwe mba nk’intama, twaba tutari kumwe nkaba nk’intare.

2 Ndabasaba nkomeje rero kugira ngo ninza iwanyu mutazantera gukara. Koko kandi sinzabura gukara, nimbonana na ba bandi bavuga ko tugenza nk’ab’isi.

3 Nubwo turi abantu ntabwo turwana kimwe n’abantu b’isi.

4 Intwaro turwanisha ntizacuzwe n’abantu ahubwo ni intwaro zikomeye twahawe n’Imana, zibasha gusenya ibigo ntamenwa. Zisenya impaka,

5 zikanahirika inkuta ndende zose zashyiriweho gutambamira abantu ngo batamenya Imana. Bityo imigambi yose yo kugomera Kristo tukayinesha, maze ba nyirayo tukabamugandurira.

6 Nuko rero ubwo muzaba mwumviye byimazeyo, twiteguye kuzahana uwanga kumvira uwo ari we wese.

7 Mwebwe mufata ibintu mushingiye ku byo mureba gusa. Umuntu wese wiyumvamo ko ari uwa Kristo niyongere yibaze, amenye ko natwe turi Abakristo kimwe na we.

8 Nyagasani yaduhaye ubushobozi bwo kubaka ubugingo bwanyu atari ubwo kubusenya. Ubanza ahari narakabije kwiratana ubwo bushobozi nyamara nta pfunwe binteye.

9 Sinshaka ko mutekereza ko inzandiko mbandikira ari izo kubatera ubwoba.

10 Nyamara hariho abavuga bati: “Inzandiko za Pawulo ni iz’igitsure, zirimo amagambo akaze. Nyamara iyo turi kumwe, usanga acishije make n’ibyo avuga ari ubusa.”

11 Uvuga atyo wese ndagira ngo amenye neza ko ibyo tuvuze mu nzandiko tutari kumwe, nta ho bitandukaniye n’ibyo tuzakora tugeze iwanyu.

12 Koko rero ntitwahangara kwireshyeshya cyangwa ngo twigereranye n’abo bantu biyogeza. Ni abapfu rwose kuko bishyiriraho igipimo bakacyigeraho, bigereranya ubwabo!

13 Naho twebwe ntitwirata ngo turenze urugero. Ahubwo tugarukira ku rugero ari zo mbibi Imana yadushingiye, kandi namwe muri muri izo mbibi.

14 Ubwo ari twe twabanje kubagezaho Ubutumwa bwiza bwa Kristo, turamutse tuje iwanyu ntituba turenze imbibi twahawe.

15 Ntiturenga izo mbibi ngo twiratane umurimo wakozwe n’abandi. Ahubwo twiringiye ko muzakomeza gutera imbere mu kwizera Kristo, natwe umurimo dukora muri mwe ukarushaho kwiyongera, tutarenze izo mbibi.

16 Nyuma ni bwo tuzageza Ubutumwa bwiza no mu bihugu biri hirya y’icyanyu. Na bwo ntituziratana umurimo tuzasanga warakozwe n’abandi aho Imana yabakebeye.

17 Ibyanditswe biravuga ngo: “Ushaka kwirata yirate Nyagasani.”

18 Uwiyogeza si we ushimwa, ahubwo hashimwa uwogezwa na Nyagasani.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/2CO/10-44d9e985966f8bbb56012010192d8deb.mp3?version_id=387—