Categories
2 Abami

2 Abami 21

Manase aba umwami w’u Buyuda

1 Manase yabaye umwami afite imyaka cumi n’ibiri, amara imyaka mirongo itanu n’itanu ari ku ngoma i Yeruzalemu. Nyina yitwaga Hefusiba.

2 Manase yakoze ibitanogeye Uhoraho, akora ibiteye ishozi nk’iby’abanyamahanga Uhoraho yari yarirukanye imbere y’Abisiraheli.

3 Bityo Manase asubizaho ahasengerwaga ibigirwamana se Hezekiya yari yarashenye, yubakira Bāli intambiro, ashinga inkingi yeguriwe Ashera nk’uko umwami wa Isiraheli Ahabu yabikoraga kera, anasubizaho kuramya no gukorera ibinyarumuri.

4 Yubatse kandi intambiro z’ibigirwamana mu Ngoro y’Uhoraho i Yeruzalemu, aho Uhoraho yari yaravuzeho ati: “Ni ho nzajya nigaragariza.”

5 Yubatse mu bikari byombi by’Ingoro y’Uhoraho intambiro z’ibinyarumuri byose.

6 Manase ageza aho atamba umwana we amucisha mu muriro, araraguza, ararogesha, arashikisha, bityo yakabije gukora ibitanogeye Uhoraho aramurakaza.

7 Hanyuma Manase abumbisha ishusho y’imanakazi Ashera ayishyira mu Ngoro y’Uhoraho, iyo yahishuriyeho Dawidi n’umuhungu we Salomo ati: “Ni muri iyi Ngoro yanjye n’i Yeruzalemu, mpisemo mu miryango yose ya Isiraheli kuzajya nigaragariza ubuziraherezo.

8 Ikindi sinzongera kwimura Abisiraheli mu gihugu nahaye ba sekuruza kugira ngo bazerere, nibitondera byimazeyo amabwiriza mbagezaho n’amategeko bahawe n’umugaragu wanjye Musa.”

9 Nyamara ntibumvira Uhoraho, ahubwo Manase abatoza gukora ibyaha bisumbye iby’abanyamahanga Uhoraho yari yaratsembye, kugira ngo Abisiraheli babazungure.

10 Uhoraho aherako ategeka abagaragu be b’abahanuzi kuvuga bati:

11 “Manase umwami w’u Buyuda yakoze ibizira biteye ishozi, yitwaye nabi kurusha Abamori ba kera, yatoje Abayuda gucumura akoresheje ibigirwamana bye.

12 Ni yo mpamvu Uhoraho Imana ya Isiraheli avuze ati: ‘Nzahana Yeruzalemu n’u Buyuda bwose mpateze icyago kizakubita nk’inkuba ku bazabyumva.

13 Ngiye gusenya Yeruzalemu nk’uko nashenye Samariya, ngatsemba umuryango wa Ahabu. Yeruzalemu nzayitsembamo abantu, isigare yiberanga nk’isahani bogeje bakayubika.

14 Abantu banjye bazacika ku icumu nzabahāna mu maboko y’abanzi babo, bazasahurwa ibintu byose mu gihugu.

15 Nzabigenza ntyo mbitewe n’uko bakomeje gukora ibitanogeye, bityo bukandakaza kuva ba sekuruza bavanwa mu Misiri kugeza na n’ubu.’ ”

16 Manase yicishije abantu benshi cyane b’inzirakarengane, ku buryo Yeruzalemu yuzuye amaraso. Ubwo bwicanyi bwiyongeraga ku byaha byo gutoza Abayuda gucumura ku Uhoraho.

17 Ibindi bikorwa n’ibigwi byose bya Manase n’ibyaha yakoze, byanditswe mu gitabo cyitwa “Ibikorwa by’abami b’u Buyuda.”

18 Nuko Manase yisazira amahoro ashyingurwa iwe mu rugo, mu busitani bwa Uza. Umuhungu we Amoni amusimbura ku ngoma.

Amoni aba umwami w’u Buyuda

19 Amoni yabaye umwami afite imyaka makumyabiri n’ibiri, amara imyaka ibiri ari ku ngoma i Yeruzalemu. Nyina yitwaga Meshulemeti umukobwa wa Harusi w’i Yotiba.

20 Amoni yakoze ibitanogeye Uhoraho nka se Manase.

21 Yitwaye nabi muri byose nka se, ayoboka ibigirwamana nka we akabiramya.

22 Yimūye Uhoraho Imana ya ba sekuruza ntiyagenza uko ashaka.

23 Hanyuma ibyegera bye byaje kumugambanira, bamwicira mu ngoro ye.

24 Icyakora abaturage b’u Buyuda bahinduka ibyo byegera byose byicishije umwami Amoni, babimarira ku icumu maze bimika umuhungu we Yosiya.

25 Ibindi bikorwa bya Amoni, byanditswe mu gitabo cyitwa “Ibikorwa by’abami b’u Buyuda”.

26 Amoni bamushyingura mu mva ye mu busitani bwa Uza, umuhungu we Yosiya amusimbura ku ngoma.

Categories
2 Abami

2 Abami 22

Yosiya aba umwami w’u Buyuda

1 Yosiya yabaye umwami afite imyaka umunani, amara imyaka mirongo itatu n’umwe ari ku ngoma i Yeruzalemu. Nyina yitwaga Yedida umukobwa wa Adaya w’i Bosikati.

2 Yosiya yakoze ibinogeye Uhoraho, yitwara neza nka sekuruza Umwami Dawidi nta guteshuka.

Umutambyi mukuru avumbura igitabo cy’Amategeko

3 Mu mwaka wa cumi n’umunani Yosiya ari ku ngoma, yohereje mu Ngoro y’Uhoraho umunyamabanga we Shafani mwene Asaliya, akaba n’umwuzukuru wa Meshulamu

4 ati: “Genda ushake Umutambyi mukuru Hilikiya, maze umubwire abarure amafaranga yose abantu batanze yo gusana Ingoro y’Uhoraho, n’ayo abarinzi b’amarembo bakiriye.

5 Ayo mafaranga bayashyikirize abashinzwe imirimo yo gusana Ingoro y’Uhoraho, kugira ngo babashe

6 guhemba ababaji n’abubatsi n’abandi bakozi, kandi kugira ngo bagure ibiti n’amabuye bikenewe mu gusana.

7 Ntabwo ari ngombwa kugenzurwa ku mikorereshereze y’ayo mafaranga, kuko ari abizerwa.”

8 Bageze kwa Hilikiya Umutambyi mukuru, amenyesha umunyamabanga Shafani ko yatahuye igitabo cy’Amategekomu Ngoro y’Uhoraho, maze arakimushyikiriza. Shafani aragisoma

9 maze asubira ibwami, atekerereza umwami uko byagenze ati: “Abatambyi bafunguye amasanduku yose basanze mu Ngoro y’Uhoraho, amafaranga bayashyikiriza abashinzwe imirimo yo gusana Ingoro.”

10 Nuko umunyamabanga Shafani abwira umwami ati: “Umutambyi Hilikiya yanshyikirije iki gitabo.” Nuko Shafani ahita agisomera umwami.

Yosiya agisha inama umuhanuzikazi Hulida

11 Umwami yumvise ibyanditswe muri icyo gitabo cy’Amategeko ashishimura imyambaro ye.

12 Nuko ategeka umutambyi Hilikiya na Ahikamu mwene Shafani, na Akibori mwene Mikaya n’umunyamabanga Shafani, na Asaya umugaragu w’umwami

13 ati: “Nimugende mugishe inama Uhoraho ku bwanjye no ku bw’Abayuda bose, ku byerekeye ibyanditswe muri iki gitabo kimaze gutahurwa. Koko rero Uhoraho adufitiye uburakari bukomeye atuziza ko ba sogokuruza batumviye iki gitabo, ntibasohoza ibitureba byose byanditswemo.”

14 Nuko umutambyi Hilikiya na Ahikamu na Akibori, na Shafani na Asaya bajya ku muhanuzikazi Hulida wari utuye ahitwaga “Umudugudu mushya” wa Yeruzalemu. Umugabo we Shalumu mwene Tikuva akaba n’umwuzukuru wa Harehasi, ni we wari ushinzwe imyambaro yo mu Ngoro y’Uhoraho. Izo ntumwa zisobanurira umuhanuzikazi ikizigenza.

15 Umuhanuzikazi arabasubiza ati:

16 “Uhoraho Imana ya Isiraheli aravuze ngo: ‘Ngiye guteza Yeruzalemu n’abayituye ibyago bikomeye nkurikije ibyanditswe mu gitabo umwami w’u Buyuda yasomye.

17 Ni ukubera ko abaturage banyimūye bosereza imibavu izindi mana, ku buryo ibikorwa byabo byose byandakaje. Ni yo mpamvu uburakari bwanjye bwagurumaniye uyu murwa ntibucururuke.

18 Naho uwo mwami w’u Buyuda wabatumye kungisha inama, jyewe Uhoraho Imana y’Abisiraheli, mugende mumubwire muti:: Wumvise amagambo y’icyo gitabo,

19 icyo nateganyirije uyu murwa n’abawutuye, ko nzawuhindura amatongo ukaba ruvumwa. Nyamara wicishije bugufi imbere yanjye urihana, washishimuye imyambaro yawe kandi usuka amarira imbere yanjye. Jyewe rero Uhoraho, ndakumenyesha ko nakumvise:

20 nzaguha kwisazira neza ushyingurwe amahoro, utarebye amahano ngiye kugusha kuri uyu murwa.’ ” Izo ntumwa zigeza ayo magambo ku mwami.

Categories
2 Abami

2 Abami 23

Yosiya avugurura Isezerano n’Imana

1 Umwami atumiza abakuru b’imiryango y’u Buyuda n’ab’i Yeruzalemu.

2 Nuko umwami ajya mu Ngoro y’Uhoraho aherekejwe n’abaturage b’u Buyuda n’ab’i Yeruzalemu, n’abatambyi n’abahanuzi, n’abantu bose b’ibyiciro bitari bimwe, maze abasomera amagambo yose yanditswe mu gitabo cy’Isezerano cyatahuwe mu Ngoro y’Uhoraho.

3 Umwami ahagarara iruhande rw’inkingi y’Ingoro, asezeranira bushya Uhoraho ko bazamuyoboka bakitondera amabwiriza ye, n’inyigisho ze n’amateka ye babikuye ku mutima, kugira ngo basohoze Isezerano nk’uko ryanditswe muri icyo gitabo. Nuko buri wese yiyemerera iryo Sezerano.

Ivugururwa ry’idini mu Buyuda

4 Nuko umwami ategeka Umutambyi mukuru Hilikiya n’abatambyi bamwungirije, n’abarinzi b’amarembo kugira ngo basohore mu Ngoro y’Uhoraho ibintu byose byakoreshwaga mu kuramya Bāli na Ashera n’ibinyarumuri. Nuko barabisohora babitwikira hanze ya Yeruzalemu mu kabande ka Kedironi, ivu ryabyo barijyana i Beteli.

5 Umwami Yosiya amenesha ingirwabatambyi bari barashyizweho n’abami b’u Buyuda, kugira ngo batambirire ibitambo ahasengerwaga mu mijyi y’u Buyuda, no mu nkengero za Yeruzalemu. Amenesha aboserezaga imibavu Bāli, n’izuba n’ukwezi, n’inyenyeri n’ibindi binyarumuri.

6 Yosiya ajya mu Ngoro y’Uhoraho asenyesha inkingi yeguriwe imanakazi Ashera, bayijugunya hanze ya Yeruzalemu mu kabande ka Kedironi. Bayitwikirayo, ivu barinyanyagiza mu irimbi ryitwa “irya rubanda”.

7 Yosiya kandi asenyesha ibyumba byari mu gikari cy’Ingoro y’Uhoraho, byari byarahinduwe iby’ubusambanyi bweguriwe gushengerera ibigirwamana, n’abagore bakahabohera imyenda igenewe kuramya Ashera.

8 Nuko Yosiya atumiza abatambyi bose bari mu mijyi y’u Buyuda, uhereye i Geba mu majyaruguru ukageza i Bērisheba mu majyepfo, kandi ahumanya ahasengerwaga abo batambyi boserezaga imibavu. I Yeruzalemu ibumoso bwa buri rembo hari ahasengerwaga, Yosiya arahasenya harimo n’ahasengerwaga ku irembo rya Yozuwe umuyobozi w’umurwa.

9 Kuva ubwo abo batambyi b’ahasengerwaga, ntibemererwa gutambira ku rutambiro rw’Uhoraho i Yeruzalemu. Icyakora bari bemerewe kurya ku migati idasembuye kimwe n’abandi batambyi.

10 Yosiya ahumanya urutambiro rw’i Tofeti mu kabande ka Hinomu, kugira ngo abantu batazongera gutambirayo abahungu babo, cyangwa abakobwa babo ho ibitambo bikongorwa n’umuriro, babatambira ikigirwamana Moleki.

11 Akuraho n’amafarasi yari yaragenewe gukoreshwa mu kuramya izuba. Ayo mafarasi yabaga iruhande rw’umuryango w’Ingoro mu byumba biyometseho, hafi y’icyumba cy’inkone yitwaga Natani-Meleki. Yosiya atwika amagare yagenewe kuramya izuba.

12 Asenyesha intambiro abami b’u Buyuda bari barubakishije ku bibuga byo hejuru y’amazu ya Ahazi, kimwe n’izubakishijwe na Manase mu bikari byombi by’Ingoro, barazimenagura bajugunya ibisigazwa byazo mu kibaya cya Kedironi.

13 Yosiya ahumanya kandi ahasengerwaga hari iburasirazuba bwa Yeruzalemu, mu majyepfo y’umusozi w’Irimbukiro. Aho hantu Salomo yari yarahubakiye Ashitaroti imanakazi ntindi y’Abanyasidoni, na Kemoshi imana ntindi y’Abamowabu, na Milikomu ikizira cy’Abamoni.

14 Yosiya ahamenagura amabuye yeguriwe ibigirwamana, atemagura n’inkingi zeguriwe Ashera, aharunda amagufwa y’abantu.

Ivugururwa ry’idini muri Isiraheli

15 Yosiya asenya n’urutambiro n’ahasengerwaga i Beteli, hubakishijwe na Yerobowamu mwene Nebati watoje Abisiraheli gucumura. Arabimenagura ahahindura ivu, atwikisha inkingi ya Ashera ayihindura ivu.

16 Yosiya akiri muri ibyo abona imva zari ku misozi, yoherezayo abantu bazana amagufwa bayatwikira ku rutambiro, ruba rurahumanye hakurikijwe ijambo ry’Uhoraho ryavuzwe na wa muhanuzi wabitangaje mbere.

17 Yosiya arabaza ati: “Kiriya kibuye ndeba kiri ku mva ni urwibutso rw’iki?”

Abatuye umujyi baramusubiza bati: “Ni imva y’umuntu w’Imana wavuye i Buyuda. Ni we wari warahanuye ibyo ukoze ku rutambiro rw’i Beteli.”

18 Nuko Yosiya arategeka ati: “Iriya mva nimuyireke! Ntihagire umuntu ugira icyo akora ku magufwa y’uwo muntu w’Imana.” Bityo bazigama ayo magufwa kimwe n’ay’umuhanuzi wavuye i Samariya.

19 Abami ba Isiraheli bari bararakaje Uhoraho bikomeye bubakisha ahasengerwaga mu mijyi yo mu ntara ya Samariya, ariko Yosiya arahasenya hose nk’uko yabikoze i Beteli.

20 Atsemba n’abatambyi bose batambiraga ku ntambiro z’ahasengerwaga, abatsinda kuri izo ntambiro kandi azitwikiraho amagufwa y’abantu. Arangije asubira i Yeruzalemu.

Abayuda bizihiza Pasika

21 Umwami Yosiya ategeka abantu bose ati: “Nimwizihirize Uhoraho Imana yanyu iminsi mikuru ya Pasika, nk’uko byanditswe mu gitabo cy’Isezerano.”

22 Koko rero kuva igihe Isiraheli yayoborwaga n’abacamanza, no mu gihe cyose cy’abami ba Isiraheli n’ab’u Buyuda, nta Pasika yari yarigeze kwizihizwa nk’iyo.

23 Iyo Pasika yijihirijwe Uhoraho i Yeruzalemu, mu mwaka wa cumi n’umunani Yosiya ari ku ngoma.

Izindi mpinduka zazanywe na Yosiya

24 Mu kubahiriza amabwiriza yanditswe mu gitabo cy’Amategeko umutambyi Hilikiya yavumbuye mu Ngoro y’Uhoraho, Yosiya atsemba abashitsi n’abapfumu, asenya amashusho asengwa n’ibigirwamana n’ibindi bizira byose, byabonetse muri Yeruzalemu no mu Buyuda bwose.

25 Koko rero nta mwami mu bamubanjirije cyangwa mu bamukurikiye wagejeje ahe, kugira ngo yiyegurire Uhoraho n’umutima we wose, n’ubuzima bwe bwose, n’imbaraga ze zose nk’uko byanditswe mu Mategeko ya Musa.

26 Icyakora Uhoraho ntiyigeze areka kurakarira u Buyuda, kubera uburakari bugurumana yari yaratewe na Manase.

27 Ni cyo cyatumye Uhoraho avuga ati: “Nzamenesha Abayuda bamve imbere nk’uko namenesheje Abisiraheli bakamva imbere, bityo nzihakana Yeruzalemu umurwa nitoranyirije, n’Ingoro nari narasezeranye ko nzajya nigaragarizamo.”

Iherezo ry’ingoma ya Yosiya

28 Ibindi bikorwa n’ibigwi byose bya Yosiya, byanditswe mu gitabo cyitwa “Ibikorwa by’abami b’u Buyuda.”

29 Akiri ku ngoma, Neko umwami wa Misiri yayoboye ingabo ze ku ruzi rwa Efurati kurwanya umwami wa Ashūru. Yosiya ashatse kuzima inzira, umwami Neko amwicira i Megido.

30 Abakuru mu ngabo ze bashyira umurambo we mu igare, bawujyana i Yeruzalemu bawushyingura mu mva ye. Hanyuma abaturage b’u Buyuda bimika umuhungu we Yowahazi, amusimbura ku ngoma.

Yowahazi aba umwami w’u Buyuda

31 Yowahazi yabaye umwami afite imyaka makumyabiri n’itatu, amara amezi atatu ari ku ngoma i Yeruzalemu. Nyina yitwaga Hamutali umukobwa wa Yeremiya w’i Libuna.

32 Yowahazi yakoze ibitanogeye Uhoraho nk’ibyo ba sekuruza bakoze.

33 Neko umwami wa Misiri amugira imbohe i Ribulamu ntara ya Hamati. Bityo amukura ku ngoma i Yeruzalemu kandi yaka igihugu cy’u Buyuda umusoro wa toni eshatu z’ifeza, n’ibiro mirongo itanu by’izahabu.

34 Hanyuma Neko yimika Eliyakimu mwene Yosiya, aba ari na we usimbura se ku ngoma. Neko amuhindura izina amwita Yoyakimu. Naho Yowahazi amujyana mu Misiri ari na ho yaguye.

Yoyakimu aba umwami w’u Buyuda

35 Yoyakimu yaka imisoro y’ifeza abaturage b’u Buyuda zingana n’izo Neko yategetse, bityo yaka abaturage b’igihugu cye imisoro y’ifeza n’izahabu akurikije amikoro ya buri muturage, ayashyikiriza Neko.

36 Yoyakimu yabaye umwami w’u Buyuda afite imyaka makumyabiri n’itanu, amara imyaka cumi n’umwe ari ku ngoma i Yeruzalemu. Nyina yitwaga Zebida umukobwa wa Pedaya w’i Ruma.

37 Yoyakimuyakoze ibitanogeye Uhoraho nk’ibyo ba sekuruza bakoze.

Categories
2 Abami

2 Abami 24

1 Yoyakimu ari ku ngoma, Nebukadinezari umwami wa Babiloniya yigaruriye u Buyuda, maze Yoyakimu amuhakwaho. Icyakora nyuma y’imyaka itatu yarivumbagatanyije aramugomera.

2 Nuko Uhoraho ateza Yoyakimu udutsiko tw’Abanyababiloniya n’Abanyasiriya, n’Abamowabu n’Abamoni, batsemba u Buyuda nk’uko Uhoraho yari yabivuze abinyujije ku bagaragu be b’abahanuzi.

3 Uhoraho aba ari we uteza u Buyuda icyo cyago, kugira ngo abavane imbere ye kubera ibyaha byose byakozwe na Manase.

4 Manase uwo yari yaricishije inzirakarengane nyinshi, yuzuza Yeruzalemu amaraso yazo ku buryo Uhoraho yanze kumugirira imbabazi.

5 Ibindi bikorwa n’ibigwi byose bya Yoyakimu, byanditswe mu gitabo cyitwa “Ibikorwa by’abami b’u Buyuda.”

6 Yoyakimu yisazira amahoro, umuhungu we Yoyakini amusimbura ku ngoma.

7 Naho umwami wa Misiri ntiyongeye kuva mu gihugu cye, kuko umwami wa Babiloniya na we yari amaze kwigarurira ibihugu, kuva ku kagezi ko ku mupaka wa Misiri kugera ku ruzi rwa Efurati.

Umwami Yoyakini n’ukujyanwa ho iminyago kwa mbere

8 Yoyakini yabaye umwami afite imyaka cumi n’umunani, amara amezi atatu ari ku ngoma i Yeruzalemu. Nyina yitwaga Nehushita umukobwa wa Elinatani w’i Yeruzalemu.

9 Yoyakini yakoze ibitanogeye Uhoraho nka se.

10 Muri icyo gihe ingabo za Nebukadinezari umwami wa Babiloniya, zitera Yeruzalemu zirayigota.

11 Nebukadinezari ubwe agera i Yeruzalemu ingabo ze zikihagose.

12 Yoyakini umwami w’u Buyuda yishyira mu maboko y’umwami wa Babiloniya, we na nyina n’abakuru b’ingabo, n’ibyegera bye n’izindi nkoramutima ze. Nebukadinezari ahita abagira imfungwa. Hari mu mwaka wa munani ari ku ngoma.

13 Nk’uko Uhoraho yari yarabivuze, Nebukadinezari asahura ibintu by’agaciro byose mu Ngoro y’Uhoraho n’ibyo mu ngoro y’umwami. Amenagura ibikoresho byose by’izahabu, Salomo umwami wa Isiraheli yari yarakoreshereje Ingoro.

14 Nebukadinezari ajyana abaturage ibihumbi icumi b’i Yeruzalemu ho iminyago, bagizwe n’ibyegera byose n’abagaba b’ingabo bose. Ajyana n’abanyamyuga n’abanyabukorikori, hasigara gusa abaturage b’abakene nyakujya.

15 Ajyana Yoyakini ho umunyago i Babiloni hamwe n’umugabekazi, n’abagore be n’inkoramutima ze, n’abakuru b’imiryango y’Abayuda.

16 Nuko ajyana i Babiloni abantu bose b’intwari bagera ku bihumbi birindwi, kimwe n’abanyamyuga n’abanyabukorikori bagera ku gihumbi. Abo bose bari abanyambaraga bashobora kujya ku rugamba.

17 Nebukadinezari yimika Mataniya se wabo wa Yoyakini amugira umwami, maze izina rye ararihindura amwita Sedekiya.

Sedekiya aba umwami w’u Buyuda

18 Sedekiya yabaye umwami afite imyaka makumyabiri n’umwe, amara imyaka cumi n’umwe ari ku ngoma i Yeruzalemu. Nyina yitwaga Hamutali umukobwa wa Yeremiya w’i Libuna.

19 Sedekiya yakoze ibibi byose bitanogeye Uhoraho, kimwe n’ibyo Yoyakimu yakoze.

20 Kubera uburakari Uhoraho ni we ubwe wateje akaga Yeruzalemu kimwe n’u Buyuda bwose, kugeza aho amenesheje abaturage babwo bamuva imbere.

Categories
2 Abami

2 Abami 25

Nebukadinezari agota Yeruzalemu

1 Amaherezo Sedekiya agomera Nebukadinezari umwami wa Babiloniya. Ku itariki ya cumi y’ukwezi kwa cumi k’umwaka wa cyenda Sedekiya ari ku ngoma, Nebukadinezari umwami wa Babiloniya azamukana n’ingabo ze zose zigota Yeruzalemu.Zishinga ibirindiro mu marembo y’umurwa, ziwuzengurutsa ibirundo by’igitaka.

2 Iryo gotwa ry’umujyi rigeza mu mwaka wa cumi n’umwe Sedekiya ari ku ngoma.

3 Nuko inzara izahaza umurwa, nta biribwa byari bikiwurangwamo. Ku itariki ya cyenda y’ukwezi kwa kane,

4 Abanyababiloniya baca icyuho mu rukuta ruzengurutse umujyi, ingabo zose z’u Buyuda zirahunga zinyura mu irembo ryo hagati y’inkuta zombi, hafi y’ubusitani bw’umwami. Nubwo Abanyababiloniya bari bagose impande zose za Yeruzalemu, zashoboraga gucika zerekeje kuri Yorodani ziherekejwe n’umwami.

5 Icyakora ingabo z’Abanyababiloniya ziramukurikira zimufatira mu kibaya cya Yeriko, ingabo ze zose zatatanye.

6 Abanyababiloniya bafata Sedekiya bamushyira umwami wabo i Ribula, aba ari yo bamucira urubanza.

7 Bahera ku bahungu ba Sedekiya babica abyirebera, naho we bamunogoramo amaso maze bamubohesha iminyururu, bamujyana i Babiloni.

Ifatwa rya Yeruzalemu n’ukujyanwa ho iminyago kwa kabiri

8 Ku itariki ya karindwi y’ukwezi kwa gatanuk’umwaka wa cumi n’icyenda Nebukadinezari ari ku ngoma, Nebuzaradani umutware w’abarinzi akaba n’icyegera cya Nebukadinezari, asesekara i Yeruzalemu.

9 Atwika Ingoro y’Uhoraho n’ingoro y’umwami, n’amazu yose yo mu murwa cyane cyane ay’ibikomerezwa.

10 Ingabo z’Abanyababiloniya zose zari zimuherekeje, zisenya inkuta zari zizengurutse Yeruzalemu.

11 Hanyuma Nebuzaradani umutware w’abarinzi ajyana ho iminyago i Babiloni abaturage bari basigaye mu mujyi, n’abari bishyize mu maboko y’umwami wa Babiloniya n’abari bavanywe mu byabo.

12 Icyakora uwo mutware w’Abarinzi asigayo abaturage b’abatindi nyakujya, kugira ngo bamwe bajye bahingira imizabibu, abandi bahinge imirima.

13 Nuko Abanyababiloniya bamenagura inkingi z’umuringa zari ku ibaraza ry’Ingoro y’Uhoraho, hamwe n’ikizenga n’ibitereko byari mu rugo rwayo bicuzwe mu muringa. Uwo muringa wose bawujyana i Babiloni.

14 Basahura ibikarayi n’ibitiyo, n’amabesani n’ibikombe byo kubikamo imibavu, n’ibindi bikoresho byose by’umuringa byagenewe imirimo y’Ingoro.

15 Uwo mutware w’abarinzi asahura n’ibindi bikoresho by’izahabu n’iby’ifeza, nk’ibyungo n’inzabya.

16 Umuringa w’inkingi zombi hamwe n’uw’ikizenga, n’ibitereko Salomo yari yarakoreshereje Ingoro y’Uhoraho, uburemere bwawo ntibwagiraga urugero.

17 Koko rero buri nkingi yari ifite uburebure bwa metero icyenda, kandi ifite umutwe ucuzwe mu muringa ufite uburebure bwa metero imwe n’igice, izengurutswe n’ikimeze nk’urushundura rutatsweho amashusho y’imikomamanga na byo bikozwe mu muringa. Inkingi zombi zari zikoze kimwe, zitatseho izo nshundura.

Abaturage b’i Buyuda bajyanwa i Babuloniya

18 Umutware w’abarinzi ni ko gufata Umutambyi mukuru Seraya, n’umutambyi umwungirije Zefaniya n’abarinzi batatu b’amarembo y’Ingoro.

19 Hanyuma afatira mu mujyi umutware w’ingabo n’abantu batanu b’ibyegera by’umwami, n’umunyamabanga w’umugaba w’ingabo wari ushinzwe abinjizwa mu ngabo, ahafatira n’abaturage mirongo itandatu asanze mu mujyi.

20 Nuko Nebuzaradani ari we mutware w’abarinzi, abo bantu abashyīra umwami wa Babiloniya wari i Ribula.

21 Umwami wa Babiloniya arabakubita, abicira aho i Ribula mu ntara ya Hamati.

Nguko uko Abayuda bajyanywe ho iminyago, bavanwa mu gihugu cyabo gakondo.

Gedaliya aba umutegetsi mukuru w’u Buyuda

22 Nebukadinezari umwami wa Babiloniya yari yararekeye mu gihugu cy’u Buyuda abaturage bamwe, maze abashyiriraho umutegetsi witwaga Gedaliya mwene Ahikamu, akaba n’umwuzukuru wa Shafani.

23 Ingabo zimwe z’Abayuda zari zacitse, zo n’abagaba bazo ngo bumve icyo cyemezo umwami wa Babiloniya yafashe cyo gushyiraho Gedaliya kugira ngo abe umutegetsi, basanga Gedaliya i Misipa. Abo bagaba b’ingabo bari Ishimayeli mwene Netaniya, na Yohanani mwene Kareya, na Seraya mwene Tanumeti w’i Netofa na Yāzaniya ukomoka i Māka.

24 Gedaliya arababwira bo n’ingabo zabo ati: “Mwitinya abagaragu b’Abanyababiloniya. Nimwigumire mu gihugu maze mukorere umwami wa Babiloniya muzagubwa neza.”

25 Nyamara mu kwezi kwa karindwi k’uwo mwaka, Ishimayeli mwene Netaniya akaba n’umwuzukuru wa Elishama wari igikomangoma, azana n’abantu icumi batera i Misipa bica Gedaliya hamwe n’Abayuda, n’Abanyababiloniya hamwe n’abari iwe.

26 Nuko rubanda rwose barokotse hamwe n’abagaba b’ingabo, batinya Abanyababiloniya bahungira mu Misiri

Umwami wa Babiloniya agirira imbabazi Yoyakini

27 Mu mwaka wa mirongo itatu n’irindwi nyuma y’aho Yoyakini umwami w’u Buyuda ajyanywe ho umunyago, Evili-Merodakiyabaye umwami wa Babiloniya. Ku itariki ya makumyabiri n’indwi z’ukwezi kwa cumi n’abiri k’uwo mwaka, Yoyakini agirirwa imbabazi arafungurwa.

28 Nuko Evili-Merodaki amubwirana ineza, amuha umwanya ibwami usumba uwo aha abandi bami bari i Babiloniya.

29 Yoyakini ntiyongera kwambara imyambaro y’imfungwa, kandi buri munsi agasangira n’umwami wa Babiloniya ku meza ye.

30 Umwami wa Babiloniya yageneraga Yoyakini ibyo kumutunga bya buri munsi, abona ibyo akeneye kugeza ubwo apfuye.