Categories
2 Abami

2 Abami 11

Umugabekazi Ataliya yigarurira u Buyuda

1 Umugabekazi Ataliya ngo yumve ko umuhungu we Ahaziya yishwe, atangira gutsemba abakomoka ku mwami bose.

2 Ariko Yehosheba umukobwa w’umwami Yoramu, wari mushiki wa Ahaziya, atwara Yowasi umwana wa Ahaziya amukuye mu bana b’umwami bicwaga, amujyanana n’umurezi we amuhisha mu cyumba bararagamo, bityo Ataliya ntiyaba akimubonye kugira ngo amwice.

3 Nuko Yowasi amara imyaka itandatu mu Ngoro y’Imana yihishemo hamwe n’umurezi we. Muri icyo gihe Ataliya ni we wategekaga igihugu.

Iyimikwa rya Yowasi

4 Nuko mu mwaka wa karindwi umutambyi Yehoyada atumiza abagaba b’ingabo zitwa Abakarin’abandi barinzi, abajyana mu Ngoro y’Uhoraho. Agirana na bo isezerano arabarahiza, maze abazanira Yowasi umwana w’umwami.

5 Yehoyada arabategeka ati: “Dore icyo mugomba gukora: mwebwe abashinzwe kurinda inzu y’umwami ku isabato murakora uko bisanzwe, itsinda rya mbere rishinzwe kurinda inzu umwana w’umwami arimo,

6 itsinda rya kabiri rirarinda irembo ryitwa Suru, naho itsinda rya gatatu rirarinda irembo ryitwa iry’Abarinzi. Bityo amatsinda uko ari itatu akajya asimburana kurinda ikigo cy’ibwami.

7 Ku byerekeye imitwe y’ingabo ibiri isigaye idashinzwe kurinda ku isabato, itegetswe kurinda inzu umwami Yowasi abamo mu Ngoro y’Imana.

8 Buri wese agomba kuba yitwaje intwaro buri gihe, kandi mugahora mushagaye umwami igihe cyose. Uzabasatira aho mushinze ibirindiro azicwe.”

9 Nuko abo bagaba b’ingabo babigenza uko umutambyi Yehoyada yabategetse. Buri wese afata abasirikari be, ari abagiye ku izamu ku isabato ari n’abavuye ku izamu, babazanira umutambyi Yehoyada.

10 Bahageze abaha amacumu n’ingabo byari iby’Umwami Dawidi, byari bibitswe mu Ngoro y’Uhoraho.

11 Abasirikari bamaze gufata intwaro bashinga ibirindiro aho umwana w’umwami ari, bakikije urutambiro n’Ingoro y’Uhoraho ubwayo, uhereye mu ruhande rwayo rw’amajyepfo ukagera mu ruhande rwayo rw’amajyaruguru.

12 Nuko Yehoyada azana umwana w’umwami amwambika ikamba, amushyikiriza n’inyandiko irimo amategeko agenga ubwami, amwerekana ku mugaragaro. Bityo bamwimikisha amavuta, rubanda rukoma amashyi ruvuga ruti: “Harakabaho umwami!”

13 Umugabekazi Ataliya yumvise urusaku rw’abarinzi n’urwa rubanda, agenda abasanga mu Ngoro y’Uhoraho.

14 Asanga harimo umwami uhagaze iruhande rw’inkingi y’Ingoro nk’uko umuhango wari uri. Abagaba b’ingabo n’abavuza amakondera bari bamukikije, rubanda rwaturutse imihanda yose rumushyigikiye ruvuza amakondera. Ataliya aherako ashishimura imyambaro ye, arataka cyane ati: “Mbega ubugambanyi, mbega ubugambanyi!”

15 Umutambyi Yehoyada ategeka abagaba b’ingabo ati: “Nimumusohore mumunyuze hagati y’imirongo y’ingabo, ushaka kumukurikira mumwicishe inkota.” Yehoyada yibwiraga ko umugabekazi adakwiye kwicirwa mu Ngoro y’Uhoraho.

16 Nuko baherako baramujyana bamunyuza mu Irembo ry’Amafarasi, bamugejeje ku ngoro y’umwami aba ari ho bamwicira.

Impinduka Yehoyada yakoze

17 Yehoyada asaba umwami na rubanda kugirana Isezerano n’Uhoraho ko bamuyobotse, n’umwami agirana amasezerano na rubanda.

18 Rubanda rwose rwiroha ku ngoro ya Bāli ruyirindimurira hasi, intambiro n’amashusho byayo barabimenagura, batsinda Matani umutambyi wa Bāli aho imbere y’intambiro.

Nuko Yehoyada ashyira abarinzi ku Ngoro y’Uhoraho.

19 Afata abagaba b’ingabo, n’ingabo z’Abakari n’abarinzi na rubanda, bashagara umwami kuva ku Ngoro y’Uhoraho bamunyujije ku irembo ry’abarinzi, bamugeza mu ngoro ya cyami maze bamwicaza ku ntebe ya cyami.

20 Rubanda rwose basābwa n’ibyishimo, umujyi wose uratuza kubera ko Ataliya yicishijwe inkota ibwami.

Categories
2 Abami

2 Abami 12

Yowasi aba umwami w’u Buyuda

1 Mu mwaka wa karindwi Yehu ari ku ngoma muri Isiraheli, Yowasi yabaye umwami w’u Buyuda afite imyaka irindwi, amara imyaka mirongo ine ari ku ngoma i Yeruzalemu. Nyina yitwaga Sibiya w’i Bērisheba.

2 Mu mibereho ye yose Yowasi yakoze ibinogeye Uhoraho, kuko umutambyi Yehoyada yari yaramureze neza.

3 Icyakora ntibigeze bakuraho ahasengerwaga, rubanda bakomeje kuhatambira ibitambo no kuhosereza imibavu.

Yowasi asanisha Ingoro y’Uhoraho

4 Yowasi abwira abatambyi ati: “Mukoranye amafaranga yose azanwa mu Ngoro ku bw’imirimo y’Uhoraho: umusoro wa buri muntu asoreshwa ku bintu bitandukanye n’ayo abantu batanga ku bushake bwabo.

5 Buri mutambyi yakire amafaranga avuye kuri buri mucungamutungo. Ayo mafaranga bazayakoresha mu gusana aho Ingoro y’Uhoraho yasenyutse hose.”

6 Nyamara kugeza mu mwaka wa makumyabiri n’itatu Yowasi ari ku ngoma, abatambyi bari bataratangira gusana Ingoro.

7 Umwami Yowasi ahamagaza Yehoyada n’abandi batambyi, arababaza ati: “Kuki mutasannye Ingoro? Nuko rero uhereye ubu ntimuzongere kwaka incuti zanyu imfashanyo. Zizajya zizigamirwa gusana Ingoro y’Uhoraho.”

8 Bityo abatambyi biyemerera kutazongera gukoranya amafaranga ya rubanda, no gushingwa imirimo yo gusana Ingoro.

9 Umutambyi Yehoyada azana isanduku atobora umwenge mu gipfundikizo cyayo, ayishyira iruhande rw’iburyo rw’urutambiro uvuye aho binjirira mu Ngoro. Abatambyi barindaga aho binjirira bakajya bayishyiramo amafaranga yose azanywe mu Ngoro y’Uhoraho.

10 Iyo babonaga ko ayo mafaranga amaze kugwira mu isanduku, bahamagazaga umunyamabanga w’umwami n’Umutambyi mukuru bakayabarura, bakayashyira mu mifuka yabigenewe.

11 Amafaranga amaze kubarurwa bakayashyikiriza abubakisha n’abagenzuzi b’imirimo yo ku Ngoro y’Uhoraho, kugira ngo na bo bayahembe abaconzi n’abafundi basana Ingoro y’Uhoraho,

12 kimwe n’abaconzi b’amabuye n’ababatsi. Bityo amafaranga asigaye bayaguraga ibikoresho birimo imbaho n’amabuye abaconzwe byo gusana Ingoro y’Uhoraho, no kwishyura ibindi bya ngombwa byose byo kuyisana.

13 Icyakora amafaranga yatangwaga mu Ngoro y’Uhoraho ntiyishyurwaga imirimo yo gucura ibikombe by’ifeza cyangwa ibikoresho by’ibyuma, cyangwa ibyungo cyangwa amakondera, cyangwa ibindi bikoresho byose by’izahabu n’ifeza.

14 Ahubwo yose bayashyikirizaga abubakishaga, kugira ngo basanishe Ingoro y’Uhoraho.

15 Nta n’ubwo birirwaga bagenzura abo bubakishaga uburyo bahembaga abakozi, kuko babikoranaga umurava.

16 Amafaranga yatangwaga mu mwanya wo kwitambira ibitambo byo kwigorora n’iby’impongano z’ibyaha byabo, ntiyashyirwaga mu bubiko bw’Ingoro y’Uhoraho, ahubwo yabaga umugabane w’abatambyi.

Iherezo ry’ingoma ya Yowasi

17 Muri icyo gihe Hazayeli umwami wa Siriya atera i Gati arahigarurira. Hanyuma agambirira no gutera i Yeruzalemu,

18 ariko Yowasi umwami w’u Buyuda akoranya impano zose z’agaciro, ba sekuruza Yozafati na Yoramu na Ahaziya abami b’u Buyuda na we ubwe beguriye Uhoraho, hamwe n’izahabu yose yari mu bubiko bw’Ingoro y’Uhoraho no mu bw’ingoro y’umwami. Byose babijyana kubitura Hazayeli umwami wa Siriya, maze areka gutera Yeruzalemu.

19 Ibindi bikorwa n’ibigwi byose bya Yowasi, byanditswe mu gitabo cyitwa “Ibikorwa by’abami b’u Buyuda.”

20-21 Hanyuma abagaragu be baramugambanira, babiri muri bo ari bo Yozabadi mwene Shimeyati na Yehozabadi mwene Shomeri, bicira Yowasi i Betimilo mu nzira imanuka ijya i Sila. Bamushyingura hamwe na ba sekuruza mu Murwa wa Dawidi, umuhungu we Amasiya amusimbura ku ngoma.

Categories
2 Abami

2 Abami 13

Yehowahazi aba umwami wa Isiraheli

1 Mu mwaka wa makumyabiri n’itatu Yowasi mwene Ahaziya ari ku ngoma mu Buyuda, Yehowahazi mwene Yehu yabaye umwami wa Isiraheli, amara imyaka cumi n’irindwi ari ku ngoma i Samariya.

2 Yehowahazi yakoze ibitanogeye Uhoraho, akomeza gukora ibyaha nk’ibyo Yerobowamu mwene Nebati yatoje Abisiraheli, ntiyigera abireka.

3 Bityo Uhoraho arakarira Abisiraheli, akajya abagabiza umwami Hazayeli wa Siriya n’umuhungu we Benihadadi. Ibyo bimara igihe kirekire.

4 Yehowahazi atakambira Uhoraho, Uhoraho amwitaho kuko yari yabonye ukuntu umwami wa Siriya yagiye akandamiza Abisiraheli.

5 Nuko Uhoraho ahagurutsa umurengezi wo gutabara Abisiraheli maze barokoka Abanyasiriya, bityo Abisiraheli basubirana umutekano nka mbere.

6 Nyamara Abisiraheli ntibihana gukora ibyaha nk’iby’inzu ya Yerobowamu watoje Abisiraheli gucumura, ndetse n’inkingi yari yareguriwe imanakazi Ashera yakomeje kuba i Samariya.

7 Yehowahazi yari asigaranye gusa abarwanira ku mafarasi mirongo itanu, n’amagare y’intambara icumi, n’ingabo ibihumbi icumi zigenda ku maguru. Abandi bose umwami wa Siriya yari yarabatsembye abahindura umukungugu.

8 Ibindi bikorwa n’ibigwi byose bya Yehowahazi n’ubutwari bwe, byanditswe mu gitabo cyitwa “Ibikorwa by’abami ba Isiraheli”.

9 Yehowahazi yisazira amahoro bamushyingura i Samariya. Umuhungu we Yehowasi amusimbura ku ngoma.

Yehowasi aba umwami wa Isiraheli

10 Mu mwaka wa mirongo itatu n’irindwi Yowasi ari ku ngoma mu Buyuda, Yehowasi mwene Yehowahazi yabaye umwami muri Isiraheli, amara imyaka cumi n’itandatu ari ku ngoma i Samariya.

11 Yehowasi yakoze ibitanogeye Uhoraho, yakomeje gukora ibyaha byose nk’ibyo Yerobowamu mwene Nebati yatoje Abisiraheli, ntiyigera abireka.

12 Ibindi bikorwa n’ibigwi byose bya Yehowasi, n’ubutwari yagaragaje arwana na Amasiya umwami w’u Buyuda, byanditswe mu gitabo cyitwa “Ibikorwa by’abami ba Isiraheli”.

13 Hanyuma Yehowasi yisazira amahoro bamushyingura i Samariya hamwe na ba sekuru, abami ba Isiraheli. Yerobowamu amusimbura ku ngoma.

Elisha ahanura ugutsindwa kw’Abanyasiriya

14 Elisha ararwara araremba byo gupfa. Yehowasi umwami wa Isiraheli agiye kumusura amwubararaho aramuririra, araboroga ati: “Mubyeyi, mubyeyi wanjye! Mbega ukuntu wari uhwanye n’amagare y’intambara n’abarwanira ku mafarasi, byose bya Isiraheli!”

15 Elisha aramubwira ati: “Ngaho zana umuheto n’imyambi.” Yehowasi arabizana.

16-17 Elisha ati: “Kingura idirishya ryerekeye iburasirazuba.” Amaze kurikingura yungamo ati: “Fora umuheto.” Amaze kuwufora Elisha ashyira ibiganza bye ku biganza by’umwami. Aramubwira ati: “Rasa.” Na we ararasa. Elisha aravuga ati: “Uwo mwambi urashe urashushanya uko Uhoraho azaguha gutsinda Abanyasiriya.” Uzatsindira Abanyasiriya Afekaubatsembeho.

18 Nuko Elisha yongera kubwira umwami Yehowasi ati: “Zana indi myambi.” Nuko arayizana. Elisha abwira umwami wa Isiraheli ati: “Kubite hasi.” Akubita hasi gatatu arekara aho.

19 Elisha arakarira Yehowasi aramubwira ati: “Washoboraga gukubita hasi incuro eshanu cyangwa esheshatu, bityo ukazatsinda Abanyasiriya burundu. Ariko none uzabatsinda incuro eshatu gusa.”

20 Hanyuma Elisha arapfa baramushyingura.

Uko umwaka utashye udutsiko tw’Abamowabu twateraga muri Isiraheli.

21 Igihe kimwe Abisiraheli bagiye gushyingura umurambo mu irimbi aho bashyinguye Elisha, bahubirana n’udutsiko tw’Abamowabu maze umurambo bawujugunya mu mva ya Elisha. Umurambo ukoze ku magufwa ya Elisha, uwari upfuye agarura ubuzima arahaguruka.

Abanyasiriya batsindwa

22 Hazayeli umwami wa Siriya yari yarakandamije Abisiraheli ku ngoma yose ya Yehowahazi.

23 Nuko Uhoraho agirira impuhwe Abisiraheli, arabababarira abitewe no kuzirikana Isezerano yagiranye na Aburahamu na Izaki na Yakobo, maze areka kubatsemba. Kugeza ubwo yari atarabamenesha, kugira ngo abacire kure ye.

24 Hazayeli umwami wa Siriya amaze gupfa, umuhungu we Benihadadi amusimbura ku ngoma.

25 Yehowasi mwene Yehowahazi yigarurira imijyi y’Abisiraheli, yari mu maboko ya Benihadadi mwene Hazayeli. Iyo mijyi Hazayeli yari yarayinyaze Yehowahazi se w’umwami Yehowasi. Yehowasi atsinda Benihadadi incuro eshatu, agaruza imijyi ya Isiraheli.

Categories
2 Abami

2 Abami 14

Amasiya aba umwami w’u Buyuda

1 Mu mwaka wa kabiri Yehowasi mwene Yehowahazi ari ku ngoma muri Isiraheli, Amasiya mwene Yowasi yabaye umwami mu Buyuda.

2 Icyo gihe yari afite imyaka makumyabiri n’itanu, amara imyaka makumyabiri n’icyenda ari ku ngoma i Yeruzalemu. Nyina yitwaga Yehoyadini w’i Yeruzalemu.

3 Amasiya yakoze ibinogeye Uhoraho nka se Yowasi, ariko ntiyageza aha sekuruza Umwami Dawidi. Ahubwo yakoze nka se Yowasi muri byose.

4 Icyakora ntibigeze bakuraho ahasengerwaga, rubanda bakomeje kuhatambira ibitambo no kuhosereza imibavu.

5 Amasiya amaze gukomeza ingoma ye, atsemba abagaragu be bari barishe se umwami Yowasi.

6 Icyakora ntiyicisha abana babo akurikije ibyanditswe mu Mategeko y’igitabo cya Musa, aho Uhoraho avuga ati: “Ababyeyi ntibakicwe baryozwa ibyaha by’abana babo, kandi n’abana ntibakicwe baryozwa ibyaha by’ababyeyi. Ahubwo uwakoze icyaha cyo kumwicisha abe ari we wenyine wicwa.”

7 Amasiya amarira ku icumu Abedomu ibihumbi icumi mu kibaya cy’Umunyu, atera umudugudu wa Sela arawigarurira. Kuva ubwo witwa Yokitēli kugeza na n’ubu.

8 Amasiya atuma ku mwami wa Isiraheli Yehowasi mwene Yehowahazi akaba n’umwuzukuru wa Yehu, wigeze kuba umwami wa Isiraheli. Aramubwira ati: “Ngwino turwane imbonankubone!”

9 Nuko Yehowasi umwami wa Isiraheli atuma kuri Amasiya umwami w’u Buyuda ati: “Igihe kimwe igitovu cyo ku bisi bya Libani cyatumye ku giti cy’isederi cy’aho i Libani kiti: ‘Ndagusaba umugeni w’umuhungu wanjye.’ Bukeye inyamaswa inyura kuri icyo gitovu irakiribata.

10 Koko wamariye Abedomu ku icumu none uriyumvamo ikuzo. Ishimire iryo kuzo, ariko tuza ugume iwawe! Kuki wikururira intambara kandi izaguhitana hamwe n’igihugu cy’u Buyuda?”

11 Nyamara Amasiya ntiyita kuri uwo muburo. Nuko Yehowasi umwami wa Isiraheli ajya ku rugamba, ahangana na Amasiya umwami w’u Buyuda barwanira i Beti-Shemeshimu Buyuda.

12 Abayuda bameneshwa n’Abisiraheli barahunga, buri wese ajya iwe.

13 Yehowasi umwami wa Isiraheli afatira i Beti-Shemeshi umwami w’u Buyuda Amasiya mwene Yowasi, akaba n’umwuzukuru wa Ahaziya. Nuko ajya i Yeruzalemu asenya urukuta ruzengurutse umujyi, kuva ku irembo rya Efurayimu kugera ku irembo ry’Inguni, hareshya hafi na metero magana abiri.

14 Nuko asahura izahabu n’ifeza n’ibindi bikoresho byose byari mu Ngoro y’Uhoraho, n’ibyari mu bubiko bw’ibwami. Atwara abantu ho ingwate maze yisubirira i Samariya.

15 Ibindi bikorwa n’ibigwi byose bya Yehowasi, n’ubutwari yagaragaje arwana na Amasiya umwami w’u Buyuda, byanditswe mu gitabo cyitwa “Ibikorwa by’abami ba Isiraheli.”

16 Hanyuma Yehowasi yisazira amahoro, bamushyingura i Samariya hamwe n’abami ba Isiraheli. Umuhungu we Yerobowamu amusimbura ku ngoma.

Urupfu rwa Amasiya umwami w’u Buyuda

17 Yehowasi mwene Yehowahazi umwami wa Isiraheli amaze gupfa, Amasiya mwene Yowasi amara indi myaka cumi n’itanu ari ku ngoma mu Buyuda.

18 Ibindi bikorwa bya Amasiya, byanditswe mu gitabo cyitwa “Ibikorwa by’abami b’u Buyuda.”

19 Hanyuma abaturage b’i Yeruzalemu bagambanira Amasiya maze ahungira i Lakishi, ariko bamukurikiranayo baramwica.

20 Umurambo we bawuzana i Yeruzalemu mu igare rikururwa n’amafarasi, bamushyingura hamwe na ba sekuruza mu Murwa wa Dawidi.

21 Abayuda bose bimika Uziyamwene Amasiya asimbura se ku ngoma, icyo gihe yari afite imyaka cumi n’itandatu.

22 Se amaze gupfa, Uziya yagaruje umujyi wa Elatiarawusana.

Yehoramu wa kabiri aba umwami wa Isiraheli

23 Mu mwaka wa cumi n’itanu Amasiya mwene Yowasi ari ku ngoma mu Buyuda, Yerobowamu mwene Yehowasi yabaye umwami wa Isiraheli, amara imyaka mirongo ine n’umwe ari ku ngoma i Samariya.

24 Yerobowamu uwo yakoze ibitanogeye Uhoraho nk’ibyo Yerobowamu mwene Nebati yatoje Abisiraheli.

25 Icyakora yagaruje intara zose zahoze ari iza Isiraheli kuva ahitwaga Lebo-Hamati mu majyaruguru, kugera ku kiyaga cy’Umunyu mu majyepfo. Nuko ibyavuzwe n’umuhanuzi Yonasi mwene Amitayi w’i Gati-Heferi birasohozwa, nk’uko Uhoraho Imana ya Isiraheli yari yarabimutumye.

26 Koko rero Uhoraho yari yarabonye ukuntu Abisiraheli bakandamizwaga bikabije, ntibari bafite uwo kubarengera uwo ari we wese.

27 Icyakora Uhoraho ntabwo yari yariyemeje gutsemba Abisiraheli burundu. Ni cyo cyatumye abagoboka akoresheje Yerobowamu mwene Yehowasi.

28 Ibindi bikorwa n’ibigwi byose bya Yerobowamu, n’ubutwari mu ntambara yarwanye n’uburyo yagarurije Isiraheli umujyi wa Damasi n’uwa Hamati yahoze iyoboka u Buyuda, byose byanditswe mu gitabo cyitwa “Ibikorwa by’abami ba Isiraheli.”

29 Yerobowamu yisazira amahoro, bamushyingura hamwe n’abami ba Isiraheli. Umuhungu we Zakariya amusimbura ku ngoma.

Categories
2 Abami

2 Abami 15

Uziya aba umwami w’u Buyuda

1 Mu mwaka wa makumyabiri n’irindwi Yerobowamu ari ku ngoma muri Isiraheli, Uziya mwene Amasiya yabaye umwami w’u Buyuda.

2 Icyo gihe Uziya yari afite imyaka cumi n’itandatu, amara imyaka mirongo itanu n’ibiri ari ku ngoma i Yeruzalemu. Nyina yitwaga Yekoliya w’i Yeruzalemu.

3 Uziya akora ibinogeye Uhoraho nka se Amasiya.

4 Icyakora ntibigeze bakuraho ahasengerwaga, rubanda bakomeje kuhatambira ibitambo no kuhosereza imibavu.

5 Uhoraho ahana umwami Uziya amuteza indwara z’uruhu zanduza, kuva ubwo kugeza igihe yapfiriye ahabwa akato. Umuhungu we Yotamu wari umuyobozi w’imirimo y’ibwami arimikwa ategeka igihugu.

6 Ibindi bikorwa n’ibigwi byose bya Uziya, byanditswe mu gitabo cyitwa “Ibikorwa by’abami b’u Buyuda.”

7 Uziya amaze gupfa bamushyingura hamwe na ba sekuruza mu Murwa wa Dawidi. Umuhungu we Yotamu amusimbura ku ngoma.

Zakariya aba umwami wa Isiraheli

8 Mu mwaka wa mirongo itatu n’umunani Uziyaari ku ngoma mu Buyuda, Zakariya mwene Yerobowamu yabaye umwami wa Isiraheli, amara amezi atandatu ari ku ngoma i Samariya.

9 Zakariya yakoze ibitanogeye Uhoraho kimwe na ba sekuruza, yakomeje gukora ibyaha nk’ibyo Yerobowamu mwene Nebati yatoje Abisiraheli.

10 Nuko uwitwa Shalumu mwene Yabeshi aramugambanira, aramutera amutsinda imbere ya rubanda maze amusimbura ku ngoma.

11 Ibindi bikorwa bya Zakariya, byanditswe mu gitabo cyitwa “Ibikorwa by’abami ba Isiraheli.”

12 Bityo, rya jambo Uhoraho yabwiye Yehu riba rirasohoye ngo “Abazagukomokaho bazasimburana ku ngoma bayobore Isiraheli kugeza ku buvivi.”

Shalumu aba umwami wa Isiraheli

13 Mu mwaka wa mirongo itatu n’icyenda Uziya ari ku ngoma mu Buyuda, Shalumu mwene Yabeshi yabaye umwami wa Isiraheli, amara ukwezi kumwe ari ku ngoma i Samariya.

14 Menahemu mwene Gadi ava i Tirusa yigira i Samariya, atera Shalumu mwene Yabeshi aramwica aba ari we umusimbura ku ngoma.

15 Ibindi bikorwa bya Shalumu n’uko yagambaniye Zakariya, byanditswe mu gitabo cyitwa “Ibikorwa by’abami b’Abisiraheli”.

16 Menahemu atera umujyi wa Tipusa atsemba abari bawutuye bose, kandi atsemba n’abari batuye hagati y’aho na Tirusa. Uwo mujyi yawuteye awuziza ko wari wanze kumwakira, maze abagore batwite asanzemo arabafomoza.

Menahemu aba umwami wa Isiraheli

17 Mu mwaka wa mirongo itatu n’icyenda Uziya ari ku ngoma mu Buyuda, Menahemu mwene Gadi yabaye umwami wa Isiraheli, amara imyaka icumi ari ku ngoma i Samariya.

18 Muri icyo gihe cyose, Menahemu yakoze ibitanogeye Uhoraho, yakomeje gukora ibyaha nk’ibyo Yerobowamu mwene Nebati yatoje Abisiraheli.

19 Tigulati-Pileseriumwami wa Ashūru atera Isiraheli, maze Menahemu amuhongera toni mirongo itatu z’ifeza kugira ngo amushyigikire abashe gukomera ku ngoma.

20 Kugira ngo izo feza ziboneke Menahemu yashyizeho umusoro ku bakire b’Abisiraheli, buri wese wifite agatanga ibikoroto mirongo itanu by’ifeza. Bamaze gushyikiriza izo feza umwami wa Ashūru, aherako ava mu gihugu asubira inyuma.

21 Ibindi bikorwa n’ibigwi byose bya Menahemu, byanditswe mu gitabo cyitwa “Ibikorwa by’abami ba Isiraheli”.

22 Menahemu yisazira amahoro, umuhungu we Pekahiya amusimbura ku ngoma.

Pekahiya aba umwami wa Isiraheli

23 Mu mwaka wa mirongo itanu Uziya ari ku ngoma mu Buyuda, Pekahiya mwene Menahemu yabaye umwami wa Isiraheli, amara imyaka ibiri ari ku ngoma i Samariya.

24 Pekahiya yakoze ibitanogeye Uhoraho, yakomeje gukora ibyaha nk’ibyo Yerobowamu mwene Nebati yatoje Abisiraheli.

25 Hanyuma uwitwaga Peka mwene Remaliya yari yaragize icyegera cye aramugambanira, amwicana na Arugobu na Ariyeha yifatanyije n’Abanyagileyadi mirongo itanu. Babicira i Samariya mu kigo cy’ibwami, bityo Peka asimbura Pekahiya ku ngoma.

26 Ibindi bikorwa n’ibigwi byose bya Pekahiya, byanditswe mu gitabo cyitwa “Ibikorwa by’abami ba Isiraheli”.

Peka aba umwami wa Isiraheli

27 Mu mwaka wa mirongo itanu n’ibiri Uziya ari ku ngoma mu Buyuda, Peka mwene Remaliya yabaye umwami wa Isiraheli, amara imyaka makumyabiri ari ku ngoma i Samariya.

28 Peka yakoze ibitanogeye Uhoraho, yakomeje gukora ibyaha nk’ibyo Yerobowamu mwene Nebati yatoje Abisiraheli.

29 Peka akiri ku ngoma muri Isiraheli, Tigulati-Pileseri umwami wa Ashūru yigaruriye Iyoni na Abeli-Betimāka, na Yanowa na Kadeshi na Hasori, yigarurira n’intara ya Gileyadi n’iya Galileya, ari yo ntara yose y’Abanafutali. Abaturage baho abajyana ho iminyago muri Ashūru.

30 Hanyuma Hozeya mwene Ela agambanira Peka mwene Remaliya aramwica, bityo amusimbura ku ngoma. Hari mu mwaka wa makumyabiri Yotamu mwene Uziya ari ku ngoma mu Buyuda.

31 Ibindi bikorwa n’ibigwi byose bya Peka, byanditswe mu gitabo cyitwa “Ibikorwa by’abami ba Isiraheli”.

Yotamu aba umwami w’u Buyuda

32 Mu mwaka wa kabiri Peka mwene Remaliya ari ku ngoma muri Isiraheli, Yotamu mwene Uziya yabaye umwami w’u Buyuda.

33 Icyo gihe Yotamu yari afite imyaka makumyabiri n’itanu, amara imyaka cumi n’itandatu ari ku ngoma i Yeruzalemu. Nyina yitwaga Yerusha umukobwa wa Sadoki.

34 Yotamu yakoze ibinogeye Uhoraho nka se Uziya.

35 Icyakora ntibigeze bakuraho ahasengerwaga, rubanda bakomeje kuhatambira ibitambo no kuhosereza imibavu. Yotamu yubakishije irembo ry’amajyaruguru y’Ingoro y’Uhoraho.

36 Ibindi bikorwa n’ibigwi bya Yotamu, byanditswe mu gitabo cyitwa “Ibikorwa by’abami b’u Buyuda”.

37 Mu gihe cya Yotamu, Uhoraho yohereje Resini umwami wa Siriya na Peka mwene Remaliya umwami wa Isiraheli, kurwanya u Buyuda.

38 Hanyuma Yotamu yisazira amahoro, bamushyingura hamwe na ba sekuruza mu murwa wa sekuruza Dawidi. Umuhungu we Ahazi amusimbura ku ngoma.

Categories
2 Abami

2 Abami 16

Ahazi aba umwami w’u Buyuda

1 Mu mwaka wa cumi n’irindwi Peka mwene Remaliya ari ku ngoma muri Isiraheli, Ahazi mwene Yotamu yabaye umwami w’u Buyuda.

2 Icyo gihe Ahazi yari afite imyaka makumyabiri, amara imyaka cumi n’itandatu ari ku ngoma i Yeruzalemu. Yakoze ibitanogeye Uhoraho Imana ye, ntiyagenza nka sekuruza Umwami Dawidi.

3 Yagenje nk’abami ba Isiraheli ageza n’aho atamba umwana we, amucisha mu muriro akurikije imihango iteye ishozi yakorwaga n’abanyamahanga, Uhoraho yari yarirukanye mu gihugu akayasimbuza Abisiraheli.

4 Nuko atamba n’ibitambo yosereza n’imibavu ahasengerwaga ibigirwamana, no mu mpinga z’imisozi, no munsi y’ibiti byose bitoshye.

5 Resini umwami wa Siriya, na Peka mwene Remaliya umwami wa Isiraheli batera Yeruzalemu maze bagota umwami Ahazi, ariko ntibabasha kumutsinda.

6 Muri icyo gihe umwami Resini wa Siriya ni bwo agaruriye Abedomuumujyi wa Elati, amaze kuwuneshamo Abayuda. Nuko Abedomu baratahuka bawuturamo kugeza na bugingo n’ubu.

7 Ahazi aherako yohereza intumwa kwa Tigulati-Pileseri umwami wa Ashūru kumubwira ziti: “Jyewe ndi nk’umwana wawe n’umugaragu wawe. None ngwino unkize umwami wa Siriya n’uwa Isiraheli banteye.”

8 Nuko akoranya izahabu n’ifeza byari mu Ngoro y’Uhoraho no mu bubiko bw’ibwami, abyoherereza uwo mwami ho impano.

9 Umwami wa Ashūru akora ibyo Ahazi amusabye atera i Damasi arahigarurira, abaho abajyana ho iminyago i Kiri kandi yica Resini.

10 Ahazi ajya i Damasi guhura na Tigulati-Pileseri umwami wa Ashūru, ahabona urutambiro ruri mu Ngoro y’i Damasi, yoherereza umutambyi Uriya igishushanyo cyarwo n’imiterere yarwo yose.

11 Uriya yubakisha urutambiro akurikije bidasubirwaho amabwiriza umwami Ahazi yamwoherereje, ndetse arurangiza mbere y’uko Ahazi ahindukira ava i Damasi.

12 Umwami ngo ave i Damasi abona urwo rutambiro maze ararwegera,

13 arutambiraho igitambo gikongorwa n’umuriro, aruturiraho ituro ry’ifu n’ituro risukwa, ahamisha n’amaraso y’igitambo cy’umusangiro.

14 Ahazi yimura urutambiro rw’umuringa rwari rweguriwe Uhoraho. Urwo rutambiro rwari imbere y’Ingoro, hagati y’urutambiro rushya n’Ingoro y’Uhoraho, arwimurira mu ruhande rw’amajyaruguru y’urwo rutambiro rushya.

15 Nuko umwami Ahazi ategeka umutambyi Uriya ati: “Uzajye utambira kuri uru rutambiro rugari igitambo gikongorwa n’umuriro cya buri gitondo, n’ituro ry’ifu rya buri kigoroba, n’ibitambo byanjye bikongorwa n’umuriro biherekejwe n’ituro ryanjye ry’ifu, n’ibitambo bikongorwa n’umuriro bya rubanda biherekejwe n’amaturo yabo y’ifu n’amaturo asukwa. Nzamishaho amaraso yose y’ibitambo bikongorwa n’umuriro n’ay’ibindi bitambo. Naho ibyerekeye urutambiro rw’umuringa, nzarukoresha mu kugisha inama Imana.”

16 Umutambyi Uriya ashyira mu bikorwa ibyemezo byose by’umwami Ahazi.

17 Hanyuma Umwami Ahazi yomora ibisate by’umuringa byari ku bigare byo mu rugo rw’Ingoro, akuraho n’igikarabiro kuri ibyo bisate. Nuko akivanaho amashusho cumi n’abiri y’amapfizi akozwe mu muringa, maze agitereka ku gitereko cy’ibuye.

18 Asenya ibaraza ryitwaga iry’isabato ryari ryubatse imbere mu Ngoro, akuraho n’irembo ry’urugo umwami yinjiriragamo, byose agendereye gushimisha umwami wa Ashūru.

19 Ibindi bikorwa n’ibigwi bya Ahazi, byanditswe mu gitabo cyitwa “Ibikorwa by’abami b’u Buyuda”.

20 Nuko Ahazi amaze gupfa ashyingurwa mu irimbi rya ba sekuruza mu Murwa wa Dawidi. Umuhungu we Hezekiya amusimbura ku ngoma

Categories
2 Abami

2 Abami 17

Hozeya aba umwami wa Isiraheli

1 Mu mwaka wa cumi n’ibiri Ahazi ari ku ngoma mu Buyuda, Hozeya mwene Ela yabaye umwami wa Isiraheli, amara imyaka icyenda ari ku ngoma i Samariya.

2 Hozeya yakoze ibitanogeye Uhoraho, icyakora ntiyakabije nk’abami ba Isiraheli bamubanjirije.

3 Shalimaneseri umwami wa Ashūru aramutera, Hozeya aramuyoboka akajya amuzanira amaturo buri mwaka.

4 Bitinze Hozeya agomera Shalimaneseri, atuma intumwa ku mwami wa Misiri witwaga So, ntiyongera kandi koherereza amaturo umwami wa Ashūru. Uwo mwami wa Ashūru abibonye atyo afata Hozeya amushyira muri gereza.

Ifatwa rya Samariya

5 Hanyuma umwami wa Ashūru atera igihugu cyose cya Isiraheli, agota Samariya kumara imyaka itatu.

6 Bityo yigarurira Samariya mu mwaka wa cyenda Hozeya ari ku ngoma, ajyana Abisiraheli ho iminyago muri Ashūru abatuza ahitwa i Hala, n’i Gozani mu nkengero z’uruzi rwa Habori no mu mijyi y’Abamedi.

Impamvu Isiraheli yarimbutse

7 Ibyo byago byageze ku Bisiraheli kubera ko bari baracumuye ku Uhoraho Imana yabo, wabavanye mu gihugu cya Misiri aho bari inkoreragahato z’umwami w’aho, abaziza gushengerera izindi mana.

8 Bagenzaga nk’abanyamahanga Uhoraho yari yarirukanye imbere yabo kugira ngo babasimbure. Bakurikizaga kandi imigenzo izira abami ba Isiraheli badukanaga.

9 Abisiraheli bakoraga rwihishwa ibintu bitanogeye Uhoraho Imana yabo, kandi bakiyubakira mu mijyi yabo yose ahasengerwaga ibigirwamana, uhereye ku nsisiro ukageza ku mijyi ntamenwa.

10 Bashingaga amabuye n’inkingi byeguriwe ikigirwamana Ashera mu mpinga z’imisozi zose, no munsi y’ibiti byose by’inganzamarumbu.

11 Aho hantu hose bahosereza imibavu, bagenza nk’abanyamahanga Uhoraho yari yarirukanye. Nuko bakora ibitanogeye Uhoraho baramurakaza.

12 Koko rero Abisiraheli bashengereye ibigirwamana Uhoraho yari yarabihanangirije ati: “Ntimuzabishengerere.”

13 Uhoraho yari yaraburiye Abisiraheli n’Abayuda abinyujije ku bahanuzi batari bamwe ati: “Nimuhindukire mureke gukora ibibi, mukurikize amabwiriza n’amateka byanjye nahaye ba sogokuruza mu Mategeko, n’ayo nabatumyeho abagaragu banjye b’abahanuzi.”

14 Nyamara abo bantu barinangira banga kumvira, bagenza nk’uko ba sekuruza babigenje ntibagirira icyizere Uhoraho Imana yabo.

15 Banze amateka ye n’Isezerano yagiranye na ba sekuruza, ntibita ku miburo yabagejejeho, ahubwo bayoboka imana z’imburamumaro na bo bahinduka imburamumaro. Bityo bagenza nk’abanyamahanga babakikije, Uhoraho yari yarabihanangirije kudakurikiza.

16 Nuko baca ku mabwiriza yose Uhoraho Imana yabo yabahaye, bicurira amashusho abiri y’inyana mu muringa uyagijwe, bubakira Ashera inkingi, baramya ibinyarumuri byose byo ku ijuru kandi bayoboka Bāli.

17 Batambye abahungu n’abakobwa ho ibitambo, babicisha mu muriro. Bararaguje bararogesha, biyeguriye ibizira ku Uhoraho baramurakaza.

18 Uhoraho arakarira Abisiraheli bikomeye, arabamenesha ntihasigara n’uwo kubara inkuru, keretse abo mu muryango w’Abayuda gusa.

19 Abayuda na bo ntibita ku mabwiriza y’Uhoraho Imana yabo, bakurikiza imigenzo yari yaradutse mu Bisiraheli.

20 Ni cyo cyatumye Uhoraho azibukira abakomokaga kuri Isiraheli bose arababurabuza, abaterereza abagizi ba nabi, hanyuma arabamenesha kugira ngo bamuve imbere.

21 Ubwo Uhoraho yatandukanyaga ubutegetsi bw’ingoma y’inzu ya Dawidi n’intara ya Isiraheli, Abisiraheli biyimikiye Yerobowamu mwene Nebati ababera umwami. Yerobowamu uwo ni we watoje Abisiraheli kutumvira no gucumura bikomeye ku Uhoraho.

22 Nuko Abisiraheli bakomeza gukora ibyaha byose batojwe na Yerobowamu, ntibigera babireka.

23 Uhoraho abamenesha mu gihugu cyabo bajyanwa ho iminyago muri Ashūru, baherayo na bugingo n’ubu. Bityo Uhoraho asohoza ibyo yatumye abagaragu be bose b’abahanuzi.

Inkomoko y’Abanyasamariya

24 Umwami wa Ashūru ajyana abantu baturutse i Babiloni n’i Kuta na Awa, n’i Hamati n’i Sefaruvayimu, abatuza mu mijyi yose yo mu ntara ya Samariya bazungura Abisiraheli. Abo bantu batura i Samariya no mu mijyi yayo.

25 Bagitangira kuhatura ntibasengaga Uhoraho, bityo abateza intare zibadukamo bamwe barapfa.

26 Nuko iyo nkuru bayimenyesha umwami wa Ashūru bati: “Ba bantu bajyanywe bagatuzwa mu mijyi yo mu ntara ya Samariya, ntibaziAmategeko y’Imana y’icyo gihugu. Ni yo mpamvu intare zabadutsemo zikabica, kuko batazi kwambaza Imana y’icyo gihugu.”

27 Nuko umwami wa Ashūru ategeka ko basubiza i Samariya umwe mu batambyi baho bazanye ho umunyago, barahamutuza kugira ngo yigishe Amategeko y’Imana y’icyo gihugu.

28 Bityo umutambyi wari warajyanywe ho umunyago avanywe i Samariya, yaratahutse atura i Beteli, maze yigisha abantu kuramya Uhoraho.

29 Nyamara abo banyamahanga biremera imana zabo bazishyira mu mazu bubatse, aho Abanyasamariya basengeraga ibigirwamana. Buri bwoko bukabigenza butyo mu mijyi bwatujwemo.

30 Bityo Abanyababiloniya biremera imana yitwa Sukuti-Benoti, Abanyekuta biremera iyitwa Nerugali, Abanyahamati biremera iyitwa Ashima.

31 Abavuye Awa biremera iyitwa Nibuhazi na Tarutaki, naho ab’i Sefaruvayimu bo batwikira abana babo ho ibitambo by’izitwa Adurameleki na Anameleki z’aho i Sefaruvayimu.

32 Icyakora bose baramyaga n’Uhoraho, ariko batoranyaga ababonetse bose ho abatambyi b’ahasengerwa, kugira ngo bahatambire ibitambo.

33 Bityo ku ruhande rumwe baramyaga Uhoraho, ku rundi bagakorera imana zabo bakurikije imigenzo ya buri bwoko bakomokagamo.

34 Na n’ubu abakomoka kuri bo baracyagenza batyo. Ntabwo bayoboka Uhoraho neza kugira ngo bakurikize amateka ye, bubahirize ibyemezo yafashe cyangwa amabwiriza, cyangwa Amategeko yahaye urubyaro rwa Yakobo, ari na we Uhoraho yise Isiraheli.

35 Uhoraho yagiranye na bo Isezerano arabategeka ati: “Ntimuzayoboke izindi mana, ntimuzazipfukamire, ntimuzazikorere kandi ntimuzazitambire ibitambo.

36 Mube ari jye jyenyine Uhoraho muramya, jye Uhoraho wabakuye mu Misiri ku mbaraga zikomeye n’ubushobozi bwanjye. Nuko rero mube ari jye muyoboka mumpfukamire kandi muntambire ibitambo.

37 Mujye mukurikiza Amategeko yanjye kimwe n’amabwiriza yanjye nk’uko nabyandikishije, kandi ntimukigere muyoboka izindi mana.

38 Ntimukibagirwe Isezerano nagiranye namwe, kandi ntimukigere muyoboka izindi mana.

39 Ahubwo mujye munyubaha jyewe Uhoraho Imana yanyu, nanjye nzabakiza abanzi banyu bose.”

40 Nyamara abo banyamahanga ntibumvira Uhoraho, bakomeza gukurikiza imigenzo yabo ya kera.

41 Bityo ku ruhande rumwe bakaramya Uhoraho, ku rundi bakaramya imana zabo, abana babo na bo bakagenza nka ba sekuruza babo kugeza na n’ubu.

Categories
2 Abami

2 Abami 18

Hezekiya aba umwami w’u Buyuda

1 Mu mwaka wa gatatu Hozeya mwene Ela ari ku ngoma muri Isiraheli, Hezekiya mwene Ahazi yabaye umwami w’u Buyuda.

2 Icyo gihe Hezekiya yari afite imyaka makumyabiri n’itanu, amara imyaka makumyabiri n’icyenda ari ku ngoma i Yeruzalemu. Nyina yitwaga Abi umukobwa wa Zakariya.

3 Hezekiya yakoze ibinogeye Uhoraho nka sekuruza Umwami Dawidi.

4 Akuraho ahasengerwaga ibigirwamana, arimbura amabuye yashingiwe kwegurirwa ibigirwamana kimwe n’inkingi zeguriwe Ashera. Amenagura n’ishusho y’inzoka Musa yacuze mu muringa, kuko kugeza ubwo Abisiraheli bari bagitwikira imibavu iyo nzoka bitaga Nehushitani.

5 Hezekiya aherako yizera Uhoraho Imana ya Isiraheli, kurusha abandi bami bose b’u Buyuda bamubanjirije n’abamusimbuye ku ngoma.

6 Yishingikirije ku Uhoraho ntiyamutezukaho, ahubwo akurikiza amabwiriza Uhoraho yari yarahaye Musa.

7 Uhoraho agendana na Hezekiya amuha gusohoza imigambi ye. Nuko yivumbagatanya ku mwami wa Ashūru ntiyaba akimuhakwaho.

8 Arwanya Abafilisiti arabatsinda, arabakurikirana abageza i Gazayigarurira imijyi ntamenwa n’iminara y’abarinzi.

9 Mu mwaka wa kane Hezekiya ari ku ngoma, ari na wo mwaka wa karindwi Hozeya mwene Ela yari ku ngoma muri Isiraheli, Shalimaneseri umwami wa Ashūru yaje kugota umurwa wa Samariya.

10 Hashize imyaka itatu abona kwigarurira Samariya, ubwo hari mu mwaka wa gatandatu Hezekiya ari ku ngoma, no mu mwaka wa cyenda Hozeya ari ku ngoma muri Isiraheli.

11 Umwami wa Ashūru ajyana Abisiraheli ho iminyago, abatuza i Hala n’i Gozani ku nkengero z’uruzi rwa Habori, no mu mijyi y’Abamedi.

12 Izo ngorane zose zatewe n’uko Abisiraheli banze kumvira Uhoraho Imana yabo kandi bari barishe Isezerano yabahaye, n’Amategeko umugaragu wayo Musa yari yabahaye ntibigera babyitaho, ntibabishyira no mu bikorwa.

Senakeribu umwami wa Ashūru atera u Buyuda

13 Mu mwaka wa cumi n’ine Hezekiya ari ku ngoma, Senakeribu umwami wa Ashūru yateye imijyi ntamenwa yose y’u Buyuda arayigarurira.

14 Nuko Hezekiya umwami w’u Buyuda atuma ku mwami wa Ashūru wari i Lakishiati: “Koko nagucumuyeho! None reka kuntera, icyo uzanyaka cyose nzagitanga.” Umwami wa Ashūru aca Hezekiya ibiro ibihumbi icyenda by’ifeza, n’ibindi magana cyenda by’izahabu.

15 Hezekiya akoranya ifeza yose abonye mu Ngoro y’Uhoraho no mu bubiko bw’ibwami, arayimuha.

16 Hezekiya yomora n’izahabu yari yometse ku nzugi z’Ingoro y’Uhoraho n’iyo ku bihindizo byazo, na yo ayiha umwami wa Ashūru.

17 Umwami wa Ashūru ari i Lakishi yohereza umugaba mukuru w’ingabo, n’umuyobozi w’ibiro bikuru bya gisirikari n’umujyanama we wihariye w’inkambi bayoboye umutwe ukomeye w’ingabo, abatuma i Yeruzalemu ku Mwami Hezekiya. Bagezeyo bashinga ibirindiro ku muyoboro w’amazi ava mu kizenga cyo haruguru, kiri ku nzira igana ku murima w’Abameshi.

18 Nuko basaba kuvugana n’umwami. Mwene Hilikiya ari we Eliyakimu wari umuyobozi w’ibwami, aza kubonana na bo aherekejwe n’umunyamabanga Shebuna n’umuvugizi w’umwami, ari we Yowa mwene Asafu.

19 Umujyanama wihariye w’umwami wa Ashūru arababwira ati: “Nimugende mubwire Hezekiya ubu butumwa bw’umwami ukomeye ari we mwami wa Ashūru muti: ‘Icyizere ufite ni cyizere ki?

20 Mbese uribwira ko amagambo yonyine, yabasha kuburizamo umugambi n’ubutwari dufite byo kurwana intambara? Ni nde wishingikirijeho waguteye kungomera?

21 Erega uracyishingikirije kuri Misiri rwa rubingo rusadutse, rutobora rugahinguranya ikiganza cy’urwishingikirijeho wese! Uko ni ko umwami wa Misiri agenza abamugirira icyizere bose.’

22 “Ahari aho mugiye kunsubiza muti: ‘Uwo dufitiye icyizere ni Uhoraho Imana yacu.’ Nyamara Hezekiya ni we ubwe washenye ahasengerwa hose n’intambiro zaho, ategeka abantu b’i Yeruzalemu n’abandi Bayuda kujya kumuramya imbere y’urutambiro rw’i Yeruzalemu rwonyine.

23 “None rero tēga na databuja umwami wa Ashūru. Jyewe ndiyemeza kuguha amafarasi y’intambara ibihumbi bibiri, niba wakwibonera abayarwaniraho.

24 Ubwo se koko washobora gutsimbura n’umwe woroheje wo mu bagaba b’ingabo za databuja? None wishingikirije ku Banyamisiri ngo bazaguha amagare y’intambara n’amafarasi!

25 Mbese ye, databuja yatera aha hantu akaharimbura Uhoraho atabishatse? Reka da! Uhoraho ubwe ni we wabimutegetse.”

26 Nuko Eliyakimu mwene Hilikiya na Shebuna na Yowa, basaba umujyanama w’umwami wa Ashūru bati: “Abagaragu bawe turakwinginze, tubwire mu kinyarameyakuko tucyumva. Erega ibyo utubwira mu giheburayi, dore abantu bari ku rukuta bateze amatwi barabyumva!”

27 Umujyanama w’umwami wa Ashūru arabasubiza ati: “Mbese mwibwira ko databuja yantumye kuri shobuja namwe gusa? Erega yantumye no kuri bariya bicaye ku rukuta, kugira ngo bamenye ko bidatinze bazarya amazirantoki yabo, bakanywa n’inkari zabo kimwe namwe!”

28 Umujyanama w’umwami wa Ashūru arahaguruka, arangurura mu giheburayi ati: “Nimwumve ubutumwa bw’umwami ukomeye ari we mwami wa Ashūru,

29 aravuga ati: ‘Mwe kwishinga Hezekiya, arabashuka kuko atazabasha kubankiza.

30 Arishingikiriza ku cyizere cy’uko Uhoraho azabankiza akantesha kwigarurira uyu mujyi, jyewe umwami wa Ashūru.

31 Nimureke kumvira Hezekiya ahubwo mukurikize ibi mbabwira: nimuharanire amahoro munyoboke, jyewe umwami wa Ashūru. Bityo buri wese azigumira mu mizabibu ye n’imitini ye bimutunge, yigumanire n’ikigega cye cy’amazi yinywere.

32 Hanyuma nzabajyana mu gihugu kimeze nk’icyanyu, gikungahaye ku ngano zivamo imigati no ku mizabibu bengamo divayi, no ku minzenze ikungahaye ku mavuta no ku buki. Aho gupfira hano mwatura aho handi. Nimureke kumvira Hezekiya kuko abayobya ababwira ko Uhoraho azabakiza.

33 Ese hari ubwo imana z’amahanga zambujije gufata ibihugu byazo?

34 Mbese imana za Hamati n’iza Arupadi zakoze iki? Naho se iza Sefaruvayimu n’iza Hena n’iza Iwa zo zakoze iki? Mbese haba hari iyambujije kwigarurira Samariya?

35 Ni iyihe muri izo mana zose yambujije kwigarurira igihugu cyayo? Nta yo. None se Uhoraho azambuza ate kwigarurira Yeruzalemu?’ ”

36 Abantu bari aho baricecekera ntibamusubiza ijambo na rimwe, nk’uko Hezekiya yari yabategetse.

37 Hanyuma Eliyakimu mwene Hilikiya umuyobozi w’ibwami, n’umunyamabanga Shebuna na Yowa mwene Asafu umuvugizi wihariye w’umwami, bashishimura imyambaroyabo. Basubira ku mwami bamutekerereza ibyo umujyanama w’umwami wa Ashūru yatangaje.

Categories
2 Abami

2 Abami 19

Hezekiya agisha inama Ezayi

1 Umwami Hezekiya abyumvise ashishimura imyambaro ye yambara igaragaza akababaro, maze ajya mu Ngoro y’Uhoraho.

2 Atuma Eliyakimu umuyobozi w’ibwami na Shebuna umunyamabanga n’abakuru bo mu batambyi, basanga umuhanuzi Ezayi mwene Amotsi bose bambaye imyambaro igaragaza akababaro.

3 Baramubwira bati: “Hezekiya yadutumye ngo ‘Uyu munsi ni umunsi w’umubabaro n’igihano n’ikimwaro. Nk’uko bavuga ngo: abana bageze mu matako, ariko nta mbaraga zo kubabyara.

4 Dore umwami wa Ashūru yohereje umujyanama we atuka Imana nzima. Iyaba Uhoraho Imana yawe yari yumvise ibyo bitutsi byose yari guhita abimuhanira. None rero senga, usabire abantu bayo basigaye.’ ”

5 Izo ntumwa z’Umwami Hezekiya zimaze kubwira Ezayi ubwo butumwa,

6 arazisubiza ati: “Nimusubire ku mwami mumubwire ko Uhoraho avuze ati: ‘Wumvise abagaragu b’umwami wa Ashūru bansebya, nyamara ntukuke umutima ku bw’ibyo bavuze.

7 Dore ndahindura umutima we, inkuru izamugeraho itume asubira iwe. Akigerayo nzamugabiza abamwicisha inkota.’ ”

Senakeribu agarura iterabwoba

8 Icyo gihe umwami wa Ashūru amaze kwigarurira Lakishi yagiye kugota Libuna. Wa mujyanama we abimenye amusangayo.

9 Umwami wa Ashūru amenyeshwa ko Tiruhakaw’Umunyakushi umwami wa Misiri, ari mu nzira aje kumutera. Nuko yongera kohereza intumwa kuri Hezekiya kugira ngo zimubwire ziti:

10 “Wowe Hezekiya mwami w’u Buyuda, wishingikirije cyane ku Mana yawe igutera kwibeshya ko izambuza, jyewe umwami wa Ashūru kwigarurira Yeruzalemu.

11 Wumvise ukuntu abami ba Ashūru bagenje ibindi bihugu byose bakabirimbura. None se uragira ngo uzarokoka?

12 Ubwo abo nasimbuye ku ngoma batsembaga abaturage ba Gozani n’aba Harani, n’aba Resefu n’Abanyedeni b’i Telasari, imana z’iyo mijyi ntizabakijije.

13 Umwami wa Hamatin’umwami wa Arupadi, n’umwami w’umujyi wa Sefaruvayimu, n’uwa Hena n’uwa Iwa ubu bari he?”

Isengesho rya Hezekiya

14 Nuko Hezekiya afata urwo rwandiko rwazanywe n’intumwa z’umwami wa Ashūru ararusoma hanyuma arujyana mu Ngoro y’Imana arushyira imbere y’Uhoraho.

15 Hezekiya arasenga ati: “Uhoraho Mana y’Abisiraheli wowe uganje hejuru y’abakerubi, ni wowe wenyine Mana igenga ingoma zose zo ku isi, kandi ni wowe waremye w’ijuru n’isi.

16 Uhoraho, tega amatwi wumve! Uhoraho, rambura amaso urebe! Umva amagambo ya Senakeribu yuzuye ibitutsi agutuka wowe Mana nzima.

17 “None rero Uhoraho, abami ba Ashūru batsembyeho abatuye amahanga, bajagajaga ibihugu byabo,

18 imana zayo bazijugunya mu muriro barazisenya kuko zitari imana nyakuri, ahubwo abantu bazibāje mu biti no mu mabuye.

19 Uhoraho Mana yacu ndakwinginze, utuvane mu nzara za Senakeribu bityo amahanga yose yo ku isi azamenya ko uri Uhoraho, kandi ko nta mana ihwanye nawe.”

Ezayi ageza ubutumwa ku mwami

20 Nuko Ezayi mwene Amotsi ageza kuri Hezekiya igisubizo cy’Uhoraho Imana ya Isiraheli. Aramubwira ati: “Numvise isengesho ryawe wangejejeho ku byerekeye Senakeribu umwami wa Ashūru.

21 None umva icyo muvugaho.

Abatuye i Siyoni baragusuzuguye,

baraguha urw’amenyo bakagushinyagurira.

Abaturage ba Yeruzalemu baraguseka,

baraguseka bakuzunguriza imitwe.

22 Ni nde watutse ukamwandagaza?

Ni nde wavugishije umurebana agasuzuguro?

Ni jye Umuziranenge wa Isiraheli!

23 Jyewe Nyagasani wanyoherereje intumwa zo kuntuka ziti:

‘Amagare yanjye y’intambara yangejeje mu mpinga z’imisozi,

nageze no mu bisi bya Libani.

Nahatemye amasederi maremare,

nahatemye imizonobari myiza cyane.

Nageze hose no mu ibisi byayo,

navogereye n’ishyamba ryayo kimeza.

24 Nafukuye amariba nywa ku mazi yo mu mahanga,

nshobora no gukamya imigezi yose ya Misiri,

nzayikamya nkoresheje ikirenge!’

25 “None se Senakeribu, ntuzi ko nabigambiriye?

Uwo mugambi ni jye wawuteguye kuva kera,

none ngiye kuwusohoza.

Nari naguhaye inshingano yo guhindura imijyi ntamenwa amatongo.

26 Abaturage bafite amaboko atentebutse,

bagize ubwoba kandi bakozwe n’ikimwaro.

Bameze nk’ubwatsi bwo mu gasozi,

bameze nk’ubwatsi bwari butoshye bwo mu rwuri,

bameze nka bwa bwatsi bumera ku nzu bukaraba butarakura.

27 Erega wowe Senakeribu ndakuzi!

Nzi neza imyifatire yawe n’ibikorwa byawe byose,

ndakuzi iyo wikubise ukandakarira.

28 Koko warikubise urandakaza,

numvise agasuzuguro kawe.

Nzafatisha impeta ku zuru ryawe,

nzashyira akumamu kanwa kawe,

bityo nzagusubiza aho waturutse.

29 “Naho wowe Hezekiya, dore ikizakubera ikimenyetso kiranga ibyo mvuga. Uyu mwaka abantu bazarya umwero w’ibyimejeje, umwaka utaha na wo ni uko. Mu mwaka wa gatatu ni bwo muzabiba mugasarura, muzahinga imizabibu mutungwe n’imbuto zayo.

30 Abayuda barokotse bazongera gushinga imizi, basagambe nk’igiti gihunze imbuto mu mashami yacyo.

31 Koko rero i Yeruzalemu hazaboneka itsinda ry’abarokotse, ku musozi wa Siyoni hazaboneka abacitse ku icumu.”

Ezayi yungamo ati: “Ibyo Uhoraho Nyiringabo azabikorana ishyaka.

32 None rero ku byerekeye umwami wa Ashūru, Uhoraho aravuga ati: ‘Ntabwo azinjira muri uyu murwa, ntabwo azigera awurasaho umwambi, ntabwo azawutera yifashishije ingabo. Ntabwo azarunda igitaka kugira ngo yurire inkuta ziwuzengurutse.

33 Azasubirayo anyuze inzira yamuzanye, ntazigera yinjira muri uyu murwa. Ni jye Uhoraho ubivuze.

34 Nzarinda uyu murwa ndokore abaturage bawo ngirira ko ndi Uhoraho, mbigirira kandi n’umugaragu wanjye Dawidi.’ ”

Abanyashūru bahunga, n’urupfu rwa Senakeribu

35 Iryo joro umumarayika w’Uhoraho anyura mu nkambi y’Abanyashūru, yica abantu ibihumbi ijana na mirongo inani na bitanu. Bukeye abaturage babyutse basanga Abanyashūru bose bapfuye.

36 Senakeribu umwami wa Ashūru asubira iwe atura i Ninive.

37 Igihe Senakeribu yaramyaga imana ye Nisiroki, abana be Adurameleki na Shareseri bamwicisha inkota. Hanyuma bahungira mu gihugu cya Ararati, undi muhungu we Esarihadoni amusimbura ku ngoma.

Categories
2 Abami

2 Abami 20

Uburwayi bw’Umwami Hezekiya

1 Muri icyo gihe Hezekiya ararwara yenda gupfa. Umuhanuzi Ezayi mwene Amotsi ajya kumusura aramubwira ati: “Uhoraho aravuze ngo: ‘Itegure urage abo mu rugo rwawe, kuko utazakira iyi ndwara.’ ”

2 Hezekiya arahindukira areba ivure yambaza Uhoraho ati:

3 “Uhoraho, ibuka uko nagukoreye n’umurava mbikuye ku mutima. Ntabwo nahwemye gukora ibikunogeye.” Hezekiya araturika ararira.

4 Nuko Ezayi ataragera hagati mu rugo rw’ingoro y’umwami, Uhoraho aramubwira ati:

5 “Subira kwa Hezekiya umuyobozi w’ubwoko bwanjye maze umubwire uti: ‘Jyewe Uhoraho Imana ya sokuruza Dawidi, numvise isengesho ryawe kandi nabonye amarira yawe. None rero ngiye kugukiza, ku munsi wa gatatu uzasubire mu Ngoro yanjye.

6 Ubuzima bwawe mbwongereyeho imyaka cumi n’itanu. Wowe n’abatuye uyu murwa nzabakiza umwami wa Ashūru, ndetse nzarinda uyu murwa ngirira ko ndi Uhoraho, mbigirira n’umugaragu wanjye Dawidi.’ ”

7 Ezayi abwira ab’ibwami ati: “Nimutegure umubumbe w’imbuto z’umutini, maze muwushyire ku kibyimba cy’umwami kugira ngo akire.”

8 Nuko Hezekiya abaza Ezayi ati: “Mbese ni ikihe kimenyetso kibasha kunyemeza ko Uhoraho agiye kunkiza iyi ndwara, kandi ko ku munsi wa gatatu nzasubira mu Ngoro ye?”

9 Ezayi aramusubiza ati: “Uhoraho ari buguhe ikimenyetso kikwemeza ko azasohoza icyo yasezeranye. None se wahitamo ko igicucu kiva aho kiri ku ngazi kikagana imbere mu ntambwe icumi, cyangwa kigasubira inyuma ho intambwe icumi?”

10 Hezekiya aramusubiza ati: “Biroroshye ko igicucu kigana imbere ho intambwe icumi, none reka gisubire inyuma ho intambwe icumi.”

11 Nuko umuhanuzi Ezayi atakambira Uhoraho, maze igicucu cyari ku ngazi za Ahazi cyigira inyuma intambwe icumi.

Hezekiya yakira intumwa zivuye muri Babiloniya

12 Muri icyo gihe umwami wa Babiloniya Merodaki-Baladanimwene Baladani, yoherereza Hezekiya intumwa zijyanye inzandiko n’impano kuko yari yumvise ko arwaye.

13 Hezekiya anezezwa no kubakira, abatambagiza hose mu nzu y’ububiko yarimo ifeza n’izahabu, n’imibavu n’amavuta y’agaciro. Abatambagiza no mu bubiko bw’intwaro n’ahandi hose mu nzu habitswe umutungo we. Hezekiya ntiyagira ikintu na kimwe abahisha mu ngoro ye no mu gihugu cye cyose.

14 Hanyuma umuhanuzi Ezayi aramusanga aramubaza ati: “Bariya bantu bakubwiraga iki? Ese ubundi bari baturutse he?”

Hezekiya aramusubiza ati: “Bari baturutse kure cyane muri Babiloniya.”

15 Ezayi aramubaza ati: “None se babonye iki mu ngoro yawe?”

Hezekiya aramusubiza ati: “Babonye ibiyirimo byose, nta na kimwe ntaberetse cyo mu bubiko bwanjye.”

16 Ezayi abwira Hezekiya ati: “Umva icyo Uhoraho avuze:

17 ‘Igihe kizagera ibiri mu ngoro yawe byose, n’ibyo ba sokuruza barundanyije mu gihe cyabo kugeza ubu, byose bizasahurwe bijyanwe i Babiloni. Nta na kimwe kizasigara.’ Uko ni ko Uhoraho avuze.

18 ‘Ndetse bazajyana bamwe mu rubyaro rwawe bwite, babagire inkone zizajya zikorera umwami wa Babiloniya mu ngoro ye.’ ”

19 Hezekiya asubiza Ezayi ati: “Ni byiza kungezaho iryo jambo ry’Uhoraho.” Koko rero yaribwiraga ati: “Nta cyo bitwaye kuko mu gihe nzaba nkiriho, amahoro n’umutekano bizagumaho.”

Iherezo ry’ingoma ya Hezekiya

20 Ibindi bikorwa bya Hezekiya n’ubutwari bwe, n’uburyo yacukuje ikizenga n’umuyoboro ujyana amazi mu murwa wa Yeruzalemu, byanditswe mu gitabo cyitwa “Ibikorwa by’abami b’u Buyuda.”

21 Nuko Hezekiya yisazira amahoro, umuhungu we Manase amusimbura ku ngoma.