Categories
2 Abami

2 Abami 1

Eliya atangaza urupfu rwa Ahaziya

1 Umwami Ahabu amaze gupfa, Abamowabu bigometse ku butegetsi bwa Isiraheli.

2 Igihe kimwe Umwami Ahaziya ari i Samariya mu cyumba cye cy’igorofa yo hejuru,yahanukiye mu idirishya maze arakomereka bikomeye. Nuko yohereza intumwa arazibwira ati: “Mujye kundaguriza kwa Bāli-Zebubiikigirwamana cy’umujyi wa Ekuroni, mumbarize niba nzakira ibi bikomere.”

3 Umumarayika w’Uhoraho ni ko kubwira Eliya w’i Tishibi ati: “Genda utangīre intumwa z’umwami w’i Samariya uzibaze uti: ‘Mbese wagombye kujya kuraguza Bāli-Zebubi ikigirwamana cya Ekuroni, ni uko nta Mana iba muri Isiraheli?’

4 Uhoraho avuze ko Ahaziya atazabyuka ku buriri aryamyeho, azapfa nta kabuza.” Nuko Eliya asohoza ubutumwa.

5 Intumwa ziragaruka umwami arazibaza ati: “Ni iki gitumye mukimirana?”

6 Ziramusubiza ziti: “Umuntu yadutangiriye aratubwira ati: ‘Musubireyo, mubwire umwami wabatumye muti: Uhoraho arakubaza ngo mbese wagombye kujya kuraguza Bāli-Zebubi ikigirwamana cya Ekuroni, ni uko nta Mana iba muri Isiraheli? Nuko rero ntuzabyuka kuri ubwo buriri uryamyeho, uzapfa nta kabuza.’ ”

7 Ahaziya arazibaza ati: “Uwo muntu waje akabatangira akababwira atyo ameze ate?”

8 Ziramusubiza ziti: “Ni umuntu wari wambaye umwambaro ubohesheje ubwoya bw’ingamiya, awukenyeje umukandara w’uruhu.”

Umwami aravuga ati: “Uwo ni Eliya w’i Tishibi.”

Ahaziya agerageza kwica Eliya

9 Nuko Umwami Ahaziya atuma umutware hamwe n’umutwe w’ingabo ze mirongo itanu gufata Eliya. Uwo mutware azamuka agasozi agera mu mpinga aho Eliya yari ari, aramubwira ati: “Muntu w’Imana, umwami arategetse ngo: ‘manuka’!”

10 Eliya ni ko kumubwira ati: “Ubwo ndi umuntu w’Imana, umuriro numanuke mu ijuru maze ugutsembe n’ingabo zawe mirongo itanu.” Nuko umuriro uherako umanuka mu ijuru umutsembana n’ingabo ze mirongo itanu.

11 Umwami atuma undi mutware hamwe n’umutwe w’ingabo ze mirongo itanu kuri Eliya. Aramusanga aramubwira ati: “Muntu w’Imana, umwami arategetse ngo gira vuba umanuke.”

12 Eliya ni ko kubabwira ati: “Ubwo ndi umuntu w’Imana, umuriro numanuke mu ijuru ugutsembe wowe n’ingabo zawe mirongo itanu.” Imana iherako yohereza umuriro uva mu ijuru umutsembana n’ingabo ze mirongo itanu.

13 Incuro ya gatatu umwami atuma undi mutware hamwe n’umutwe w’ingabo ze mirongo itanu kuri Eliya. Umutware azamuka ka gasozi, akimukubita amaso apfukama imbere ye aramusaba ati: “Muntu w’Imana, girira impuhwe ubuzima bwanjye n’ubw’aba bagaragu bawe mirongo itanu.

14 Dore umuriro wavuye mu ijuru utsemba abatware babiri bambanjirije n’ingabo zabo! None ubu jye ndakwinginze ungirire impuhwe ndi mu maboko yawe.”

15 Nuko umumarayika w’Uhoraho abwira Eliya ati: “Manukana na we ntugire ubwoba.” Aherako ajyana n’umutware ku Mwami Ahaziya.

16 Bagezeyo Eliya aramubwira ati: “Uhoraho aravuze ngo: ‘Mbese wagombye kujya kuraguza Bāli-Zebubi ikigirwamana cya Ekuroni, ni uko nta Mana iba muri Isiraheli?’ Ubwo wabigenje utyo ubwo buriri urwariyeho ntuzabubyukaho, uzapfa nta kabuza.”

17 Umwami Ahaziya arapfa nk’uko Uhoraho yari yamutumyeho umuhanuzi Eliya. Kubera ko Ahaziya atagiraga umuhungu, asimburwa ku ngoma n’umuvandimwe we Yehoramu. Hari mu mwaka wa kabiri Yoramu mwene Yozafati ari ku ngoma mu Buyuda.

18 Ibindi bikorwa bya Ahaziya byanditswe mu gitabo cyitwa “Ibikorwa by’abami ba Isiraheli.”

Categories
2 Abami

2 Abami 2

Eliya ajyanwa mu ijuru agasimburwa na Elisha

1 Igihe Uhoraho yari agiye gutwara Eliya muri serwakira kugira ngo amuzamure mu ijuru, dore uko byagenze: Eliya na Elisha bavuye i Gilugali barajyana.

2 Eliya abwira Elisha ati: “Sigara hano dore Uhoraho antumye i Beteli.”

Elisha aramusubiza ati: “Ndahiye Uhoraho nawe ubwawe ko ntagusiga.” Nuko barajyana bagerana i Beteli.

3 Itsinda ry’abahanuzi b’i Beteli basanga Elisha baramubaza bati: “Mbese wari uzi ko Uhoraho ari butware shobuja?”

Na we arabasubiza ati: “Yee, ndabizi ariko nimwicecekere.”

4 Eliya yongera kubwira Elisha ati: “Sigara hano dore Uhoraho antumye i Yeriko.”

Na we aramusubiza ati: “Ndahiye Uhoraho nawe ubwawe ko ntagusiga.” Nuko bajyana i Yeriko.

5 Itsinda ry’abahanuzi b’i Yeriko begera Elisha baramubaza bati: “Mbese wari uzi ko Uhoraho ari butware shobuja?”

Na we arabasubiza ati: “Yee, ndabizi ariko nimwicecekere!”

6 Eliya yongera kubwira Elisha ati: “Sigara hano dore Uhoraho antumye kuri Yorodani.”

Elisha aramusubiza ati: “Ndahiye Uhoraho nawe ubwawe ko ntagusiga.” Bakomezanya urugendo.

7 Itsinda ry’abahanuzi mirongo itanu barabakurikira, ariko bahagarara kure aho bitegeye Eliya na Elisha bari ku nkombe ya Yorodani.

8 Nuko Eliya avanamo umwitero we, arawuzinga awukubita ku mazi ya Yorodani. Amazi yigabanyamo kabiri amwe ajya hepfo andi haruguru, bombi bahambuka n’amaguru humutse.

9 Bamaze kwambuka Eliya abaza Elisha ati: “Ni iki ushaka ko ngukorera mbere y’uko Uhoraho antwara?”

Elisha aramusubiza ati: “Ndagusaba ko undaga incuro ebyiri z’umwuka w’ubuhanuzi ukurimo.”

10 Eliya ni ko kumusubiza ati: “Unsabye ikintu kiruhije cyane. Icyakora nubasha kumbona igihe Uhoraho aribube akuntwaye birakubera uko unsabye, nyamara nutabibasha nta cyo uri buhabwe.”

11 Bakigenda baganira, igare ry’umuriro rikururwa n’amafarasi y’umuriro riraza rirabatandukanya, Eliya azamurwa muri serwakira mu ijuru.

12 Elisha ngo abone ibibaye avuga cyane ati: “Mubyeyi, mubyeyi wanjye! Mbega ukuntu wari uhwanye n’amagare y’intambara n’abarwanira ku mafarasi byose bya Isiraheli!”

Nuko Elisha ntiyongera kumuca iryera. Aherako ashishimura imyambaro ye ayigabanyamo kabiri.

13 Elisha atora umwitero wa Eliya wari uguye hasi, asubira ku nkombe ya Yorodani arahahagarara.

14 Hanyuma afata uwo mwitero Eliya yasize awukubita ku mazi avuga ati: “Uhoraho Imana ya Eliya ari hehe?” Amaze kuyakubitaho yigabanyamo kabiri amwe ajya hepfo andi haruguru, maze Elisha arambuka.

15 Rya tsinda ry’abahanuzi b’i Yeriko babireberaga kure baravuga bati: “Koko umwuka w’ubuhanuzi wari muri Eliya wagiye muri Elisha.” Bahita bajya kumusanganira baramupfukamira.

16 Nuko baramubwira bati: “Dore twebwe abagaragu bawe turimo abagabo mirongo itanu b’intwari, reka tujye gushaka shobuja. Ahari Mwuka w’Uhoraho yaba yamutwaye akamujugunya mu mpinga y’umusozi cyangwa mu kibaya.” Ariko Elisha arababuza.

17 Nyamara bakomeza kumuhata bamurembeje arabemera ati: “Nimubohereze.” Bohereza abagabo mirongo itanu bamushakisha iminsi itatu, ntibagira uwo babona.

18 Bagaruka i Yeriko aho Elisha yari yasigaye, maze arababwira ati: “Sinari nababujije kujyayo?”

Elisha ahumanura amazi y’i Yeriko

19 Abaturage b’i Yeriko babwira Elisha bati: “Nyakubahwa, nk’uko ubibona nawe uyu mujyi uteye neza, nyamara amazi yawo ni mabi, bityo n’ubutaka bwawo burarumba.”

20 Elisha arababwira ati: “Nimunzanire urwabya rushya mushyiremo umunyu.” Bararumuzanira.

21 Nuko Elisha ajya ku isoko y’amazi ajugunyamo uwo munyu aravuga ati: “Uhoraho agize ati: ‘Mpumanuye aya mazi. Ntazongera kwicana kandi n’ubutaka ntibuzongera kurumba’ ”

22 Amazi ni ko guhumanuka nk’uko Elisha yavuze, ni ko akimeze na n’ubu.

Abana bakoba Elisha

23 Nuko Elisha ava i Yeriko yerekeza i Beteli. Ari mu nzira abana baturutse mu mujyi baramukoba bati: “Genda wa munyaruhara we! Genda!”

24 Elisha arakebuka, arababona maze mu izina ry’Uhoraho arabavuma. Ibirura bibiri bisohoka mu ishyamba bishwanyaguza abana mirongo ine na babiri muri bo.

25 Hanyuma Elisha ajya ku musozi wa Karumeli, ahavuye asubira i Samariya.

Categories
2 Abami

2 Abami 3

Abamowabu bigomeka bagatsindwa

1 Yehoramu mwene Ahabu yabaye umwami wa Isiraheli mu mwaka wa cumi n’umunani Yozafati ari ku ngoma mu Buyuda. Yehoramu yamaze imyaka cumi n’ibiri ari ku ngoma i Samariya.

2 Yakoze ibitanogeye Uhoraho nubwo atagejeje aha se na nyina, kuko yashenye inkingi y’ibuye se yari yarashingiye ikigirwamana Bāli.

3 Icyakora yakomeje gukora ibyaha nk’ibyo Yerobowamu mwene Nebati yatoje Abisiraheli, ntiyigera abireka.

4 Mesha umwami wa Mowabu yari umworozi w’intama. Buri mwaka yagombaga gutura umwami wa Isiraheli intama z’inyagazi ibihumbi ijana, n’amapfizi y’intama ibihumbi ijana hamwe n’ubwoya bwazo.

5 Ahabu amaze gupfa Mesha yigomeka kuri Yehoramu, wari umusimbuye ku ngoma ya Isiraheli.

6 Yehoramu ava i Samariya, aragenda akoranya ingabo zose za Isiraheli.

7 Hanyuma atuma intumwa ku Mwami Yozafati w’u Buyuda kumubwira ziti: “Umwami wa Mowabu yanyigometseho. Ese ntitwajyana kumutera?”

Na we ni ko kumutumaho ati: “Tuzajyana kuko turi bamwe n’abantu banjye akaba ari bamwe n’abawe, n’amafarasi yanjye akaba ari nk’ayawe.”

8 Yozafati yungamo ati: “Mbese tuzanyura iyihe nzira?”

Yehoramu aramusubiza ati: “Tuzanyura iy’ubutayu bwa Edomu.”

9 Nuko umwami wa Isiraheli n’uw’u Buyuda n’uwa Edomu bafata urugendo. Bagenze iminsi irindwi ingabo zabo zibura amazi, kimwe n’amatungo yari abikorereye imitwaro.

10 Umwami wa Isiraheli ariyamirira ati: “Ibi ni ibiki? Mbese aho si Uhoraho waduhuruje hano uko turi abami batatu, kugira ngo adutange mu maboko y’Abamowabu?”

11 Nyamara Yozafati arabaza ati: “Mbese nta muhanuzi uba ino kugira ngo atugishirize inama Uhoraho?”

Umwe mu bagaragu b’umwami wa Isiraheli aravuga ati: “Elisha mwene Shafati wari inkoramutima ya Eliya ari hano.”

12 Yozafati ni ko kuvuga ati: “Koko uwo mugabo aratugezaho ijambo ry’Uhoraho adutumweho.” Nuko Umwami wa Isiraheli na Yozafati n’umwami wa Edomu bajya kureba Elisha.

13 Elisha abaza umwami wa Isiraheli ati: “Mpuriye he nawe? Jya gushaka abahanuzi ba so n’abahanuzi ba nyoko.”

Umwami wa Isiraheli aramusubiza ati: “Oya kuko Uhoraho ari we waduhuruje hano uko turi abami batatu, kugira ngo adutange mu maboko y’Abamowabu.”

14 Elisha yongera kumubwira ati: “Ndahiye Uhoraho Nyiringabo nkorera ko iyaba atari Yozafati umwami w’u Buyuda nari nubashye, wowe simba nguteze amatwi habe no kukureba n’irihumye.

15 Ngaho nibanzanire umucuranzi.” Uko umucuranzi yacurangaga, ni ko ububasha bw’Uhoraho bwazaga kuri Elisha.

16 Bityo Elisha ararangurura ati: “Uhoraho agize ati: ‘Nimucukure ibyobo byinshi muri iki kibaya.

17 Nta muyaga muza kumva nta n’imvura iri bugwe, nyamara ibyobo biraza kuzura amazi maze munywe mwebwe ubwanyu, kimwe n’amashyo yanyu n’amatungo abikorereye imitwaro.’

18 Icyo gikorwa kandi cyoroheye Uhoraho, kuko agiye no kubagabiza igihugu cya Mowabu mukacyigarurira.

19 Muzasenya imijyi yacyo yose ntamenwa kimwe n’imijyi yacyo myiza, kandi muzatsinda n’ibiti byaho byera imbuto. Muzasiba amasōko yaho y’amazi, mwangize n’imirima yaho ihinzwe muyijugunyamo amabuye.”

20 Bukeye bwaho igihe cyo gutamba igitambo, amazi atemba ava muri Edomu asendera igihugu cyose.

21 Abamowabu bumvise ko abo bami batatu babateye, bakoranya abagabo bose bashoboye kujya ku rugamba babashyira ku mupaka.

22 Bukeye ingabo za Mowabu zikangutse zibona izuba ryarashe ku mazi. Ayo mazi zayaboneraga kure atukura nk’amaraso.

23 Izo ngabo ziravuga ziti: “Rwose ariya ni amaraso! Ba bami basubiranyemo baterana inkota none bamaranye! Mwa Bamowabu mwe, nimuze tujye gusahura!”

24 Abamowabu bageze ku nkambi y’ingabo z’Abisiraheli, zirabarwanya barahunga. Ingabo z’Abisiraheli zinjira i Mowabu zirahangiza.

25 Abisiraheli basenya imijyi yaho, buri wese ajugunya amabuye mu mirima ihinze kugeza ubwo yuzuramo. Basiba amasōko yose, batsinda ibiti byaho byose byera imbuto ziribwa, hasigara umurwa wa Kiri-Hareseti wonyine. Ariko na wo abanyamuhumetso barawugota barawurwanya.

26 Umwami wa Mowabu abonye ko yatsinzwe akoranya abantu magana arindwi barwanisha inkota, bagerageza guhungira aho umwami wa Edomu yari ari ariko birabananira.

27 Umwami wa Mowabu ni ko kuzana umwana we w’imfura wari kuzamusimbura ku ngoma, amutamba ho igitambo gikongorwa n’umuriro hejuru y’urukuta ruzengurutse umurwa. Bityo ingabo z’Abisiraheli zishya ubwoba ziragerura, maze zisubira iwabo.

Categories
2 Abami

2 Abami 4

Elisha agoboka umupfakazi

1 Igihe kimwe umugore w’umwe mu itsinda ry’abahanuzi, yabwiye Elisha aranguruye ati: “Nyakubahwa, uzi ko umugabo wanjye yubahaga Imana none yarapfuye. None dore uwamwishyuzaga yaje gufata abahungu banjye bombi kugira ngo bamubere inkoreragahato.”

2 Elisha aramubaza ati: “Urumva nagukorera iki? Mbwira niba hari icyo waba utunze iwawe.”

Na we aramusubiza ati: “Nyakubahwa, nta cyo mfite uretse utuvuta duke turi mu rwabya.”

3 Elisha aramubwira ati: “Jya mu baturanyi bawe maze utire inzabya zirimo ubusa, utire izo ushoboye kubona zose.

4 Winjire mu nzu n’abahungu bawe ukinge urugi, usuke muri buri rwabya amavuta urwuzuye urutereke ku ruhande.”

5 Nuko umugore amusezeraho, asubira iwe n’abahungu be. Abahungu be bamuhereza inzabya azisukamo amavuta.

6 Inzabya zimaze kuzura abwira umwe mu bahungu be ati: “Nzanira urundi rwabya.”

Aramusubiza ati: “Nta rwabya rusigaye.” Amavuta aherako arakama.

7 Umugore ni ko gusanga Elisha umuntu w’Imana, amutekerereza uko byagenze.

Elisha aramubwira ati: “Genda ugurishe ayo mavuta wishyure umwenda urimo, amafaranga asigaye agutunge n’abana bawe.”

Elisha n’umugore w’i Shunemu

8 Igihe kimwe Elisha yanyuze i Shunemu, hari umugore w’umukungukazi aramuhata cyane kugira ngo anyure iwe afungure. Kuva ubwo Elisha akajya ahaca agafungura.

9 Uwo mugore abwira umugabo we ati: “Ndahamya ko uriya mugabo uhora aza iwacu ari umuntu w’Imana w’umuziranenge.

10 None rero tumwubakire akumba hejuru ku gisengetumushyiriremo uburiri n’ameza n’intebe n’itara, ajye acumbikamo uko aje kudusura.”

11 Igihe kimwe Elisha yaraje ajya muri ako kumba aruhukiramo.

12 Nuko abwira umugaragu we Gehazi ati: “Hamagara wa mugore aze hano.” Gehazi aramuhamagara maze umugore yitaba Elisha aho yari acumbitse.

13 Elisha abwira Gehazi kumubaza ati: “Dore waratuvunikiye, mbese wifuza ko twagukorera iki? Ese twakumenyekanisha ku mwami cyangwa ku mugaba w’ingabo?”

Na we aramusubiza ati: “Singombwa, jyewe ndi mu bacu tubanye amahoro.”

14 Elisha abaza Gehazi ati: “Twamukorera iki?”

Gehazi aramusubiza ati: “Erega nta mwana agira kandi umugabo we arashaje!”

15 Elisha yongera kuvuga ati: “Muhamagare aze hano.” Nuko uwo mugore w’i Shunemu aragaruka ahagarara ku muryango.

16 Elisha aramubwira ati: “Umwaka utaha nk’iki gihe uzaba ukikiye umwana w’umuhungu.”

Uwo mugore ariyamirira ati: “Nyakubahwa muntu w’Imana, ntibishoboka wibeshya umuja wawe!”

17 Ariko mu mwaka ukurikira, cya gihe yavuganiyemo na Elisha kigeze, uwo mugore asama inda abyara umuhungu nk’uko Elisha yari yabimumenyesheje.

Elisha azura umwana w’umugore w’i Shunemu

18 Nuko umwana arakura, igihe kimwe asanga se mu murima aho yari kumwe n’abasaruraga.

19 Umwana abwira se ati: “Umutwe we, ndwaye umutwe!”

Se abwira umwe mu bagaragu be ati: “Mushyire nyina!”

20 Uwo mugaragu aramujyana amushyikiriza nyina, na we aramukikira ariko agejeje ahagana mu masaa sita arapfa.

21 Nuko aramwurirana amurambika ku buriri bwa Elisha, maze yegekaho urugi arisohokera.

22 Ahamagara umugabo we aramubwira ati: “Nyoherereza umwe mu bagaragu anzanire indogobe kugira ngo nyarukire kwa wa muntu w’Imana, ndahita ngaruka.”

23 Umugabo aramubaza ati: “Kuki ugiye iwe uyu munsi kandi atari mu mboneko z’ukwezi cyangwa ku isabato?”

Na we aramusubiza ati: “Ni ngombwa ko njyayo.”

24 Umugore ategura aho yicara ku ndogobe maze abwira umugaragu ati: “Nyobora tugende, ntugende buhoro keretse mbikubwiye.”

25 Baherako baragenda, berekeza ku musozi wa Karumeliaho Elisha yari ari.

Elisha amurabonye abwira umugaragu we Gehazi ati: “Nguriya wa mugore w’i Shunemu!

26 Ihute umusanganire maze umubaze uti: ‘Ni amahoro? N’umugabo wawe ni amahoro? N’umwana wawe ni amahoro? ’ ”

Agezeyo uwo mugore aramusubiza ati: “Ni amahoro.”

27 Ageze kuri uwo musozi aho Elisha ari, amwikubita ku birenge. Gehazi ashaka kumusunika maze Elisha aramubuza ati: “Mureke dore afite agahinda ariko Uhoraho yari yabimpishe, ntabwo yari yabimenyesheje.”

28 Umugore ahita avuga ati: “Ese Nyakubahwa, hari ubwo nigeze nsaba umwana w’umuhungu? Ahubwo sinari nakubwiye nti: ‘Wimbeshya?’ ”

29 Elisha abwira Gehazi ati: “Kenyera ujyane inkoni yanjye maze uvuduke ujye i Shunemu. Nugira uwo muhura ntumuramutse, kandi ukuramutsa na we ntumwikirize. Nuko inkoni uze kuyirambika mu maso h’umwana.”

30 Nyamara nyina w’umwana abwira Elisha ati: “Ndahiye Uhoraho nawe ubwawe ko ntagusiga.” Nuko Elisha arahaguruka barajyana.

31 Gehazi abagenda imbere ageze i Shunemu arambika inkoni mu maso h’umwana, ariko ntiyinyagambura kandi ntiyumva. Gehazi aragaruka ahura na Elisha amutekerereza uko byagenze ati: “Umwana ntiyakangutse.”

32 Elisha ageze mu nzu asanga koko umwana yapfuye, arambaraye ku buriri.

33 Elisha asanga umwana mu cyumba, yikingiranamo maze atakambira Uhoraho.

34 Yubarara ku mwana ashyira umunwa ku munwa, amaso ku maso, ibiganza ku biganza, bityo umurambo w’umwana ugarura ubushyuhe.

35 Elisha arabyuka azembagira mu nzu, akubita hirya no hino maze arongera arazamuka yubarara ku mwana. Umwana yitsamura karindwi maze arambura amaso.

36 Elisha aherako ahamagara Gehazi aramubwira ati: “Hamagara wa mugore.” Gehazi aramanuka aramuhamagara, aje Elisha aramubwira ati: “Terura umwana wawe.”

37 Nuko nyina w’uwo mwana yikubita hasi yubamye imbere ya Elisha, hanyuma aterura umwana we aragenda.

Ibindi bitangaza bibiri

Elisha ahumanura isupu akanagaburira abantu ijana

38 Elisha asubira i Gilugali,icyo gihe hariyo inzaraica agati. Ubwo yakoranyirizagayo itsinda ry’abahanuzi yabwiye umugaragu we ati: “Shyira inkono nini ku ziko maze utekere iri tsinda ry’abahanuzi isupu.”

39 Umwe muri iryo tsinda arasohoka ajya ku gasozi gusoroma imboga, abonye umutanga asoroma ibihaza byawo atega umwenda we abyuzuzamo. Arabizana arabikeka, abishyira muri ya nkono nta n’umwe waruzi icyo ari cyo.

40 Bagaburira iyo supu iryo tsinda ry’abahanuzi, basomyeho batera hejuru bati: “Yewe muntu w’Imana, iyi supu irarozwe!” Ntihagira ushobora kuyinywa.

41 Elisha aherako arababwira ati: “Nimunzanire ifu.” Ayiminjira mu nkono, ategeka umugaragu we kwarurira abantu kugira ngo bafungure. Nuko basanga isupu yahumanutse.

42 Umuntu uturutse i Bāli-Shalisha, aza azaniye Elisha umuganura ugizwe n’imigati makumyabiri ikozwe mu ifu y’ingano za bushoki, n’agafuka k’amahundo y’ingano za nkungu yari amaze gusarura. Elisha aramubwira ati: “Bigaburire abantu.”

43 Uwo mugaragu abaza Elisha ati: “Ese ibi birahagije kubigaburira abantu ijana?”

Elisha aramusubiza ati: “Bibagaburire! Dore Uhoraho avuze ko barya bagahaga ndetse bigasaguka.”

44 Nuko uwo mugaragu abigabanya abantu, bararya ndetse birasaguka nk’uko Uhoraho yari yabivuze.

Categories
2 Abami

2 Abami 5

Nāmani akira indwara z’uruhu zanduza

1 Umugaba w’ingabo z’umwami wa Siriya yitwaga Nāmani. Yari umuntu wemerwa na shebuja, ari umutoni kuri we. Koko yari intwari, ni we Uhoraho yakoreshaga agatuma Abanyasiriya batsinda. Icyakora yari arwaye indwara z’uruhu zanduza.

2 Igihe kimwe agatsiko k’abanyazi b’Abanyasiriya bateye muri Isiraheli, bahanyaga umukobwa w’Umwisirahelikazi bamushyira muka Nāmani amugira umuja.

3 Nuko rimwe abwira nyirabuja ati: “Iyaba databuja yemeraga gusa agasanga umuhanuzi i Samariya. Yamuvura indwara z’uruhu zanduza.”

4 Nāmani ajya kumenyesha umwami wa Siriya icyo umukobwa w’Umwisirahelikazi yavuze.

5 Umwami abwira Nāmani ati: “Jyayo! Dore ndandikira umwami wa Isiraheli urwandiko urumushyire.”

Nāmani agenda yitwaje ibiro magana atatu by’ifeza n’ibiro mirongo itandatu by’izahabu, n’imyambaro icumi yo kurimbana.

6 Nuko aragenda ashyikiriza umwami wa Isiraheli urwandiko ruvuga ngo “Hamwe n’uru rwandiko, nkoherereje umugaragu wanjye Nāmani kugira ngo umukize indwara z’uruhu zanduza.”

7 Umwami wa Isiraheli amaze gusoma urwo rwandiko ashishimura imyambaro ye, maze aritotomba ati: “Mbese ni jye Mana yica kandi igakiza? Urabona uriya mwami ngo aranyoherereza uyu muntu kugira ngo mukize indwara z’uruhu zanduza! Aho murabona ngo aranyiyenzaho!”

8 Umuhanuzi Elisha yumva ko umwami wa Isiraheli yashishimuye imyambaro ye, maze amutumaho ati: “Ni iki cyatumye ushishimura imyambaro yawe? Nyoherereza uwo mugabo, bityo azamenya ko muri Isiraheli haba umuhanuzi.”

9 Nāmani aherako afata igare rye ry’intambara n’amafarasi ye, ajya kwa Elisha ahagarara ku karubanda.

10 Elisha amwoherereza intumwa yo kumubwira iti: “Genda wiyuhagire muri Yorodani incuro ndwi urahumanuka, umubiri usubire uko wari uri.”

11 Nuko Nāmani agenda arakaye yivovota ati: “Nibwiraga ko umuhanuzi ari busohoke akansanganira agatakambira Uhoraho Imana ye, kandi agashyira ikiganza ku mubiri wanjye akampumanura.

12 Ese inzuzi z’i Damasi, Ebana na Paripari ntizifite amazi meza kurusha izo muri Isiraheli? Mbese sinari kuziyuhagiramo ngahumanuka ngakira?” Nāmani arahindukira agenda arakaye.

13 Abagaragu be baramwegera baramubwira bati: “Mubyeyi, iyo umuhanuzi aba agutegetse igikorwa gikomeye kurushaho ntuba ugikoze, nkanswe kukubwira gusa ngo iyuhagire mu mazi uhumanuke!”

14 Nuko Nāmani aramanuka yiyuhagira muri Yorodani incuro ndwi, nk’uko wa muntu w’Imana yari yabimubwiye. Aherako arahumanuka, umubiri we uhinduka mwiza nk’uw’umwana muto.

15 Nāmani ari kumwe n’abagaragu be aherako agaruka kwa Elisha wa muntu w’Imana, ahagarara imbere ye aravuga ati: “Uhereye ubu menye ko ku isi yose nta yindi Mana ibaho uretse Imana ya Isiraheli. Ndakwinginze akira impano umugaragu wawe nakuzaniye.”

16 Elisha aramubwira ati: “Ndahiye Uhoraho nkorera, nta kintu na kimwe nakira.” Nāmani aramuhata ariko Elisha aramwangira.

17 Nāmani aramubwira ati: “Databuja, ubwo utemeye impano umpe ku butaka bw’igihugu cyawe nibura imitwaro yahekwa n’inyumbu ebyiri. Nta zindi mana nzongera gutura amaturo n’ibitambo bitwikwa, ahubwo nzabitura Uhoraho wenyine.

18 Icyakora Uhoraho azajye ambabarira iki kintu kimwe gusa: iyo databuja umwami wa Siriya yinjiye mu ngoro y’imana Rimoni, twinjiranamo akayiramya yunamye nanjye nkunama kuko aba yishingikirije ukuboko kwanjye. Ubwo nzajya mu ngoro ya Rimoni, Uhoraho ajye abimbabarira jye umugaragu we.”

19 Elisha aramubwira ati: “Genda amahoro.” Nuko Nāmani aragenda.

Gehazi afatwa n’indwara z’uruhu zanduza.

Nāmani yicumeho gato,

20 Gehazi wa mugaragu w’umuntu w’Imana Elisha aribwira ati: “Databuja yorohereje uriya Munyasiriya, ntiyemera kwakira impano ye n’imwe yari yamugeneye. None ndahiye Uhoraho, ngiye kumwirukaho agire icyo ampa mu bintu asubiranyeyo.”

21 Gehazi amuvudukaho, Nāmani abonye aje yiruka ahubuka vuba mu igare, amusanganira avuga ati: “Ni amahoro?”

22 Gehazi aramusubiza ati: “Ni amahoro! Gusa databuja Elisha anyohereje kukubwira ko haje abasore babiri b’abahanuzi baturutse mu misozi ya Efurayimu. None ngo ubamuhere ibiro mirongo itatu by’ifeza n’imyambaro ibiri yo kurimbana.”

23 Nāmani aramubwira ati: “Nyamuneka, jyana ibiro mirongo itandatu by’ifeza.” Nuko aramuhata, amuhambirira ibiro mirongo itandatu by’ifeza n’imyambaro ibiri yo kurimbana, abishyira mu mifuka ibiri abikorera abagaragu be babiri, baherekeza Gehazi.

24 Bageze ahitwa Ofeli, Gehazi yaka abo bagaragu ya mifuka na ya myambaro abijyana iwe, abasezeraho barataha.

25 Nuko Gehazi asubira kwa shebuja. Elisha aramubaza ati: “Gehazi we, uvuye he?”

Gehazi aramusubiza ati: “Databuja, ntaho nigeze njya.”

26 Elisha yongera kumubwira ati: “Uragira ngo mu buryo bwa Mwuka sinabonye wa wundi wamanutse mu igare ry’intambara agusanganira! Iki si igihe cyo kwigwizaho ifeza cyangwa imyambaro, cyangwa imikindo cyangwa imizabibu, cyangwa amatungo magufi n’amaremare, cyangwa abagaragu n’abaja.

27 Dore indwara za Nāmani zizakuzaho, wowe n’abazagukomokaho iteka.” Nuko Gehazi atandukana na Elisha, afatwa n’izo ndwara z’uruhu umubiri we uba urweru nk’urubura.

Categories
2 Abami

2 Abami 6

Ishoka yarohamye ikarohorwa

1 Abagize itsinda ry’abahanuzi babwira Elisha bati: “Dore aha hantu udukoranyiriza ni hato.

2 Reka tujye kuri Yorodani, buri wese azane igiti maze twiyubakire aho tuzajya dukoranira.”

Arabemerera ati: “Nimugende.”

3 Umwe muri bo abwira Elisha ati: “Databuja, reka tujyane.”

Elisha aramusubiza ati: “Ndaje.”

4 Aherako ajyana na bo, bageze kuri Yorodani batema ibiti.

5 Mu gihe umwe yatemaga igiti, ishoka ye irakuka irohama mu mazi. Arataka ati: “Ayii! Databuja, iyi shoka yari intirano!”

6 Elisha aramubaza ati: “Irohamiye hehe?” Amaze kumwereka aho yarohamiye Elisha aca agati akajugunyayo, maze ishoka izamukayo irareremba.

7 Elisha aramubwira ati: “Yisingire uyizane.” Nuko arambura ukuboko arayifata

Elisha afata ingabo za Siriya

8 Mu gihe umwami wa Siriya yarwanyaga igihugu cya Isiraheli yagishije inama abagaragu be, hanyuma abarangira aho ingabo zigomba gushinga ibirindiro.

9 Nuko Elisha atuma ku mwami wa Isiraheli ati: “Witondere hariya hantu, kuko hari ibirindiro by’ingabo za Siriya.”

10 Bityo umwami wa Isiraheli yoherezaga ingabo ze kugenzura aho hantu Elisha yabaga yabarangiye. Elisha abigenza atyo kenshi, bituma umwami wa Isiraheli amenya uko abanzi be bitegura.

11 Ibyo bihagarika umutima umwami wa Siriya cyane, maze atumira abagaragu be arababaza ati: “Ni nde muri mwe waba ari icyitso cy’umwami wa Isiraheli?”

12 Umwe mu bagaragu aramubwira ati: “Nyagasani, nta wuturimo ahubwo Elisha umuhanuzi wo muri Isiraheli amenya byose, ku buryo abasha no kubwira umwami wabo ibyo wavugiye mu cyumba cyawe.”

13 Nuko umwami wa Siriya arategeka ati: “Mugende murebe aho ari maze nohereze abo kumufata.” Bamusubije ko ari i Dotani,

14 umwami aherako yoherezayo abarwanira ku mafarasi no mu magare y’intambara n’izindi ngabo nyinshi, zigenda ijoro ryose umujyi zirawugota.

15 Umugaragu wa Elisha azinduka kare, maze abona ingabo n’amafarasi n’amagare bigose umujyi. Abwira Elisha ati: “Databuja, karabaye! Tugire dute?”

16 Elisha aramubwira ati: “Wigira ubwoba. Dore ingabo turi kumwe ziruta izabo ubwinshi.”

17 Hanyuma arasenga ati: “Uhoraho, mubonekere abashe kwirebera.” Nuko Uhoraho abonekera uwo mugaragu, abona imisozi yuzuyeho amafarasi n’amagare y’umuriro bikikije Elisha.

18 Ingabo z’Abanyasiriya zisatiriye Elisha, yambaza Uhoraho agira ati: “Ziriya ngabo zihume amaso.” Uhoraho azihuma amaso nk’uko Elisha yabisabye.

19 Elisha arazibwira ati: “Erega mwibeshye inzira n’umujyi babatumyemo, nimunkurikire mbayobore ku muntu mushaka!” Nuko Elisha abajyana mu murwa wa Samariya.

20 Bageze i Samariya Elisha yongera gusaba Uhoraho ati: “Noneho aba Banyasiriya bahumūre babashe kureba.” Uhoraho aherako arabahumūra, barebye basanga bari i Samariya.

21 Umwami wa Isiraheli azirabutswe abaza Elisha ati: “Mubyeyi, ese mbatsembe, mbatsembeho se?”

22 Elisha aramusubiza ati: “Oya, wibatsembaho. Mbese ubusanzwe abo ugize ingaruzwamuheto urabatsemba? Ahubwo bafungurire ubahe icyo kunywa n’icyo kurya, ubohereze basubire kwa shebuja.”

23 Nuko umwami abakorera ibirori bamaze kurya no kunywa arabohereza basubira kwa shebuja. Kuva ubwo nta dutsiko tw’ingabo z’Abanyasiriya twongeye gutera igihugu cya Isiraheli.

Inzara izahaza Abanyasamariya

24 Ikindi gihe Benihadadi umwami wa Siriya akoranya ingabo ze, aragenda agota Samariya.

25 Bityo inzara ikomeye iyogoza uwo mujyi ku buryo umutwe w’indogobe waguraga ibikoroto mirongo inani by’ifeza, naho irobo y’agakondwe k’amahurunguru y’inuma ikagura ibikoroto bitanu by’ifeza.

26 Igihe kimwe umwami wa Isiraheli anyuze ku rukuta ruzengurutse umujyi, umugore ararangurura ati: “Nyagasani, ndengera.”

27 Umwami aramubaza ati: “Uhoraho atakurengeye, jye se nakumarira iki? Dore nta kintu gisigaye, ari umugati cyangwa divayi.”

28 Icyakora umwami yungamo ati: “Urifuza iki?”

Umugore aramusubiza ati: “Uriya mugore mugenzi wanjye yarambwiye ngo nzane umwana wanjye tumurye none, ejo na we azazana uwe tumurye.

29 Umwana wanjye twaramutetse turamurya. Bukeye mubwiye nti: ‘Zana umwana wawe na we tumurye’, ajya kumuhisha.”

30 Umwami yumvise amagambo y’uwo mugore ashishimura imyambaro ye, maze rubanda rwose rumubona yambaye igaragaza akababaroimbere y’imyambaro ye, kuko yagendagendaga ku rukuta rw’umujyi.

31 Nuko umwami aritotomba ati: “Imana impane bikomeye niba uyu munsi bigejeje nimugoroba, Elisha mwene Shafati ntaramwicisha.”

Elisha atangaza ko inzara irangiye

32 Ubwo Elisha yari ari iwe ari kumwe n’abakuru b’imiryango mu nama, umwami amutumaho intumwa. Nyamara mbere y’uko imugeraho Elisha abwira abo bakuru ati: “Murabona uriya mwami w’umwicanyi, anyoherejeho umuntu wo kunca umutwe. Nagera hano mukinge urugi, mumubuze kwinjira kuko n’umwami ubwe aje amukurikiye.”

33 Elisha amaze kuvuga atyo, intumwa iba irahageze iti: “Uhoraho ubwe ni we waduteje ibi byago! None se naba nkimwizeyeho iki?”

Categories
2 Abami

2 Abami 7

1 Elisha aramusubiza ati: “Nimwumve ijambo ry’Uhoraho: aravuga ati: ‘Ejo magingo aya ku isoko rya Samariya, ibiro cumi na bibiri by’ifu cyangwa ibiro makumyabiri na bine by’ingano bizagurwa igikoroto kimwe cy’ifeza!’ ”

2 Umugaba w’ingabo abaza Elisha ati: “N’aho Uhoraho yafungura amadirishya ku ijuru akabinyuzamo, mbese ibyo uvuze byabaho bite?”

Elisha aramusubiza ati: “Bizabaho ubirebeshe amaso ariko ntuzabiryaho.”

Abanyasiriya bahunga inkambi yabo

3 Hariho abantu bane barwaye indwara z’uruhu zanduza bahoraga ku irembo ry’umujyi, barabazanya bati: “Ni kuki twagumya gutegerereza urupfu hano?

4 Nitujya mu mujyi, inzara iriyo iraca agati yadutsemba. Na none nituguma hano, inzara irahadutsinda. Bityo rero nimuze tujye mu nkambi y’Abanyasiriya, nibatagira icyo badutwara turabaho, kandi nibatwica dupfe!”

5 Nimugoroba barahaguruka, berekeza mu nkambi y’Abanyasiriya. Bakigerayo basanga nta muntu n’umwe uyirimo.

6 Koko rero, Uhoraho yari yateje Abanyasiriya kumva urusaku rw’amagare y’intambara, n’imirindi y’amafarasi n’iy’ingabo nyinshi ku buryo bavuga bati: “Turashize, umwami wa Isiraheli yaguriye umwami w’Abaheti n’uw’Abanyamisiri kugira ngo badutere.”

7 Bugorobye abo Banyasiriya barahunga. Basiga amahema yabo n’amafarasi yabo n’indogobe zabo, inkambi bayisiga uko yakabaye maze bariruka kugira ngo bakize amagara yabo.

8 Ba barwayi bagera aho inkambi itangirira binjira mu ihema rimwe, bararya baranywa, basahuramo ifeza n’izahabu n’imyambaro bajya kubihisha. Nuko baragaruka binjira mu rindi hema basahuramo ibintu byarimo, na byo bajya kubihisha.

9 Baravugana bati: “Ibi dukora si byiza! Dore twamenye iyi nkuru nziza tugumya kuyihererana. Niturindira ko igitondo gitangaza turabihanirwa. Nimuze tujye ibwami tubamenyeshe iyi nkuru nziza.”

Inzara n’igotwa rya Samariya bishira

10 Nuko basubira mu mujyi, bahamagara abarinzi b’amarembo yawo barababwira bati: “Twagiye ku nkambi y’Abanyasiriya ntitwahabona umuntu n’umwe, ntitwumva hari agakoma uretse amafarasi n’indogobe biziritse, kandi n’amahema ari uko yakabaye!”

11 Abo barinzi babimenyesha abo mu mujyi, na bo babitangariza ab’ibwami.

12 Umwami abyuka igicuku cyose abwira abagaragu be ati: “Dore icyo Abanyasiriya bashaka kudukorera: kubera ko bazi ko dushonje babereretse bava mu nkambi, bajya kwihisha mu misozi bibwira bati: ‘Nibasohoka mu mujyi turabagwa gitumo, bityo tuwigarurire.’ ”

13 Umwe mu bagaragu be aramusubiza ati: “Dufate amafarasi atanu mu yasigaye mu mujyi maze twohereze abantu bajye kureba uko byifashe, kuko n’ubundi bashobora kwicwa nk’abandi bose basigaye mu mujyi.”

14 Nuko bafata amagare y’intambara abiri akururwa n’amafarasi, maze umwami yohereza abantu gukurikira ingabo z’Abanyasiriya, arababwira ati: “Nimujye kureba uko byifashe.”

15 Abo bantu bakurikira ingabo z’Abanyasiriya kugera ku ruzi rwa Yorodani, babona inzira yose yuzuye ibintu n’imyambaro zataye zihunga. Nuko izo ntumwa ziragaruka zitekerereza umwami ibyo zabonye.

16 Abisiraheli baraza binjira mu nkambi z’Abanyasiriya barazisahura. Bityo ibiro cumi na bibiri by’ifu cyangwa ibiro makumyabiri na bine by’ingano bigurwa igikoroto kimwe cy’ifeza, nk’uko Uhoraho yari yabivuze.

17 Umwami yari yategetse wa mugaba w’ingabo kujya kurinda irembo ry’umujyi, imbaga y’abantu irahamunyukanyukira arapfa. Biba nk’uko Elisha yari yarabivuze, igihe umwami wa Isiraheli yamugendereraga.

18 Koko rero, Elisha yari yabwiye umwami ati: “Ejo magingo aya ku isoko rya Samariya, ibiro cumi na bibiri by’ifu cyangwa ibiro makumyabiri na bine by’ingano, bizagurwa igikoroto kimwe cy’ifeza.”

19 Ubwo ni bwo umugaba w’ingabo yabazaga Elisha ati: “N’aho Uhoraho yafungura amadirishya ku ijuru akabinyuzamo, mbese ibyo uvuze byabaho bite?” Elisha yari yamushubije ati: “Bizabaho ubirebeshe amaso ariko ntuzabiryaho.”

20 Uko ni ko byagenze, imbaga y’abantu banyukanyukiye wa mugaba w’ingabo mu irembo ry’umujyi arapfa.

Categories
2 Abami

2 Abami 8

Iherezo ry’inkuru y’umugore w’i Shunemu

1 Igihe kimwe Elisha yabwiye wa mugore w’i Shunemu yari yazuriye umwana ati: “Suhukira mu kindi gihugu hamwe n’umuryango wawe mutureyo, kuko Uhoraho agiye guteza inzara mu gihugu cya Isiraheli, igiye gutangira kandi izamara imyaka irindwi.”

2 Uwo mugore akora ibyo Elisha yari amutegetse, we n’umuryango we basuhukira mu gihugu cy’u Bufilisiti bamarayo imyaka irindwi.

3 Imyaka irindwi ishize wa mugore w’i Shunemu atahukana n’abe bavuye mu Bufilisiti, bajya ibwami gusaba gusubizwa inzu n’isambu byabo.

4 Ubwo umwami yaganiraga na Gehazi wahoze ari umugaragu wa Elisha, amubwira ati: “Ntekerereza ibitangaza Elisha yagiye akora.”

5 Gehazi atangiye kumutekerereza uko Elisha yazuye umwana wari wapfuye, nyina w’uwo mwana aba ageze ibwami azanywe no gusaba umwami gusubizwa inzu n’isambu bye.

Nuko Gehazi ariyamirira ati: “Nyagasani, nguyu wa mugore n’umwana Elisha yazuye.”

6 Umwami abyibariza uwo mugore, na we amutekerereza uko Elisha yabigenje. Umwami ahamagaza umwe mu byegera bye aramubwira ati: “Usubize uyu mugore ibye byose n’ibyavuye mu musaruro wose w’isambu ye, uhereye umunsi yavuye mu gihugu kugeza ubwo agarutse.”

Elisha na Hazayeli

7 Ikindi gihe Elisha yagiye i Damasi, ubwo Benihadadi umwami wa Siriya yari arwaye. Baramubwira bati: “Umuntu w’Imana yageze hano mu murwa”,

8 umwami abwira Hazayeli ati: “Shyīra impano uwo muntu w’Imana, hanyuma umubwire abaze Uhoraho ko nzakira iyi ndwara.”

9 Hazayeli ajya kureba Elisha yitwaje impano z’ibintu by’agaciro bivuye i Damasi, bihetswe n’ingamiya mirongo ine. Hazayeli amugezeho aravuga ati: “Umwana wawe Benihadadi umwami wa Siriya, anyohereje kukubaza ngo ‘Ese iyi ndwara ndwaye nzayikira?’ ”

10 Elisha aramusubiza ati: “Genda umubwire uti: ‘Iyo ndwara uzayikira, ariko Uhoraho anyeretse ko wari ugiye gupfa.’ ”

11 Elisha atumbira Hazayeli adahumbya, ku buryo Hazayeli yagize isoni. Hanyuma Elisha ararira.

12 Hazayeli aramubaza ati: “Databuja, urarizwa ni iki?”

Elisha aramusubiza ati: “Ndijijwe n’uko menye amarorerwa uzakorera Abisiraheli. Uzatwika imijyi yabo ntamenwa, uzamarira abasore babo ku icumu, abana babo bato uzabajanjagura naho abagore batwite ubafomoze.”

13 Hazayeli abaza Elisha ati: “Databuja, ndi nde wakora ibyo kandi nta bubasha na busa mfite?”

Elisha aramubwira ati: “Uhoraho amaze kumpishurira ko uzaba umwami wa Siriya.”

14 Hanyuma Hazayeli asezera kuri Elisha, asubira kwa shebuja Benihadadi. Benihadadi aramubaza ati: “Elisha yagusubije iki?”

Hazayeli aramubwira ati: “Yavuze ko iyi ndwara uzayikira rwose.”

15 Nyamara bukeye Hazayeli afata uburingiti abwinika mu mazi, abupfukisha Umwami Benihadadi mu maso umwuka urahera arapfa. Hazayeli amusimbura ku ngoma aba umwami wa Siriya.

Yoramu aba umwami w’u Buyuda

16 Mu mwaka wa gatanu Yehoramu mwene Ahabu ari ku ngoma muri Isiraheli, Yoramu mwene Yozafati yabaye umwami mu Buyuda.

17 Icyo gihe yari afite imyaka mirongo itatu n’ibiri, amara imyaka umunani ari ku ngoma i Yeruzalemu.

18 Yoramu yitwaye nabi nk’abami ba Isiraheli, akurikiza inzu ya Ahabu kuko yari yarashatse umukobwa wa Ahabu, akora ibitanogeye Uhoraho.

19 Nyamara Uhoraho ntiyashatse gutsembaho ingoma y’u Buyuda, kuko yari yarabisezeranyije umugaragu we Dawidi ko abazamukomokaho ari bo bazasimburana ku ngoma iteka.

20 Yoramu ari ku ngoma Abedomu bigometse ku butegetsi bwe, bishyiriraho uwabo mwami.

21 Nuko Yoramu ajya i Sayiri aherekejwe n’amagare ye yose y’intambara. Abedomu barahamugotera we n’abatware be b’amagare y’intambara. Nuko nijoro Yoramu abacamo icyuho we n’ingabo ze bahungira iwabo.

22 Bityo Abedomu bigomeka ku Bayuda kuva ubwo barigenga. Muri icyo gihe umudugudu wa Libunana wo wigometse kuri Yoramu.

23 Ibindi bikorwa byose n’ibigwi bya Yoramu, byanditswe mu gitabo cyitwa “Ibikorwa by’abami b’u Buyuda.”

24 Yoramu yisazira amahoro, bamushyingura hamwe na ba sekuruza mu Murwa wa Dawidi. Umuhungu we Ahaziya amusimbura ku ngoma.

Ahaziya aba umwami w’u Buyuda

25 Mu mwaka wa cumi n’ibiri Yehoramu mwene Ahabu ari ku ngoma muri Isiraheli, Ahaziya mwene Yoramu yabaye umwami mu Buyuda.

26 Icyo gihe yari afite imyaka makumyabiri n’ibiri, amara umwaka umwe ari ku ngoma i Yeruzalemu. Nyina yitwaga Ataliya wakomokaga kuri Omuri umwami wa Isiraheli.

27 Ahaziya yitwaye nabi nk’abami ba Isiraheli akurikiza inzu ya Ahabu. Yakoze ibitanogeye Uhoraho nk’ab’inzu ya Ahabu, kuko bari bafitanye isano.

28 Ahaziya aherako afatanya na Yehoramu mwene Ahabu, batera Hazayeli umwami wa Siriya i Ramoti y’i Gileyadi. Abanyasiriya bakomeretsa bikomeye umwami Yehoramu mu mirwano.

29 Nuko Yehoramu agaruka i Yizerēli kwiyomora ibyo bikomere. Umwami w’u Buyuda Ahaziya mwene Yoramu, aza i Yizerēli gusura Yehoramu mwene Ahabu, kuko yari arembye.

Categories
2 Abami

2 Abami 9

Yehu aba umwami wa Isiraheli

1 Igihe kimwe umuhanuzi Elisha yahamagaye umwe mu itsinda ry’abahanuzi, aramubwira ati: “Fata iyi mperezo y’amavuta ujye i Ramoti y’i Gileyadi.

2 Nugerayo uzashake Yehu mwene Yehoshafati akaba n’umwuzukuru wa Nimushi, maze umuvane muri bagenzi be umujyane mu cyumba ahiherereye.

3 Uzafate imperezo y’amavuta uyamusuke ku mutwe uvuga uti: ‘Uhoraho aravuze ngo: nkwimikishije amavuta kugira ngo ube umwami wa Isiraheli. Hanyuma ukingure urugi wirukanke, uhunge nta gutindiganya.’ ”

4 Nuko uwo musore w’umuhanuzi ajya i Ramoti y’i Gileyadi.

5 Agezeyo asanga abakuru b’ingabo bakoranye aravuga ati: “Mutware, ngufitiye ubutumwa.”

Yehu aramubaza ati: “Ni nde ushaka muri twe?”

Aramusubiza ati: “Mutware, ni wowe.”

6 Yehu arahaguruka bajyana mu nzu. Uwo musore w’umuhanuzi amusuka amavuta ku mutwe avuga ati: “Uhoraho Imana ya Isiraheli aravuze ngo: ‘Nkwimikishije amavuta kugira ngo ube umwami w’ubwoko bwanjye bw’Abisiraheli.

7 Ni wowe uzatsemba ab’inzu ya shobuja Ahabu, kandi nzaryoza Yezebeli amaraso y’abagaragu banjye b’abahanuzi n’ay’abandi bose Yezebeli yicishije.

8 Inzu yose ya Ahabu izashirira ku icumu. Koko rero, nzarimbura ab’igitsinagabo bose bakomoka kuri Ahabu, n’inkoreragahato n’abishyira bakizana muri Isiraheli.

9 Inzu ya Ahabu nzayigenza nk’uko nagenjeje iya Yerobowamu mwene Nebati, cyangwa iya Bāsha mwene Ahiya.

10 Naho Yezebeli we nta muntu uzashyingura intumbi ye, imbwa zizayirira mu murima w’i Yizerēli.’ ”

Uwo muhanuzi amaze gutangaza ibyo, akingura urugi ahita yihungira.

11 Yehu na we arasohoka asanga abagaragu ba shebuja, baramubaza bati: “Mbese ni amahoro? Uriya musazi yagushakagaho iki?”

Yehu arabasubiza ati: “Nta cyo, namwe ntimuyobewe bariya bantu n’amagambo yabo!”

12 Baramubwira bati: “Witubeshya tubwire uko byagenze.”

Yehu arabasubiza ati: “Yambwiye ati: ‘Uhoraho aravuze ngo: Nkwimikishije amavuta kugira ngo ube umwami wa Isiraheli.’ ”

13 Abakuru mu ngabo barahaguruka buri wese afata umwambaro we, bayisasa aho Yehu yari ahagaze ku ngazi kugira ngo bayimwicazeho. Abacuranzi bavuza amakondera bagira bati: “Yehu yabaye umwami!”

Urupfu rwa Yehoramu

14-15 Muri icyo gihe ingabo zose za Isiraheli zari mu mujyi wa Ramoti y’i Gileyadi, ziwurinze Hazayeli umwami wa Siriya. Icyakora muri iyo ntambara y’Abisiraheli na Hazayeli umwami wa Siriya, Yehoramu yari yarakomeretse. Bityo yari yasubiye i Yizerēli kwiyomoza ibikomere agumayo.

Yehu mwene Yehoshafati akaba n’umwuzukuru wa Nimushi agambanira Yehoramu, abwira abakuru mu ngabo ati: “Niba munshyigikiye muramenye ntihagire ucika muri uyu mujyi, kugira ngo ajye i Yizerēli kuvuga ibyabereye ino.”

16 Nuko Yehu yurira igare ry’intambara atera i Yizerēli kuko ari ho Yehoramu yari arwariye, kandi na Ahaziya umwami w’u Buyuda ni ho yari ari yagiye kumusura.

17 Umurinzi wari mu munara i Yizerēli abona igitero cy’ingabo za Yehu kiraje, arahamagara ati: “Ndabona igitero cy’ingabo.”

Yehoramu arategeka ati: “Nimutume umuntu ugendera ku ifarasi ababaze niba bazanywe n’amahoro.”

18 Umuntu ugendera ku ifarasi ajya gusanganira Yehu, aramubwira ati: “Umwami antumye kukubaza ngo ‘Mbese ni amahoro?’ ”

Yehu aramusubiza ati: “Iby’amahoro ubishakaho iki? Ahubwo hindukira unkurikire.”

Nuko wa murinzi aratuma ati: “Intumwa yabagezeho ariko ntiyagarutse.”

19 Yehoramu yohereza undi ugendera ku ifarasi. Abagezeho arababwira ati: “Umwami antumye kubabaza ngo ‘Mbese ni amahoro?’ ”

Yehu aramusubiza ati: “Iby’amahoro ubishakaho iki? Ahubwo hindukira unkurikire.”

20 Umurinzi yongera gutuma ati: “Intumwa yabagezeho ariko ntiyagarutse. Icyakora uyoboye igare ry’intambara ararigendesha nk’umusazi, ararigendesha nka Yehu umwuzukuru wa Nimushi.”

21 Yehoramu umwami wa Isiraheli arategeka ati: “Nimuntegurire igare ryanjye ry’intambara.” Nuko araryurira, na Ahaziya umwami w’u Buyuda yurira irye bajya gusanganira Yehu, bahurira hafi y’umurima wahoze ari uwa Naboti w’i Yizerēli.

22 Yehoramu ahuye na Yehu aramubaza ati: “Yehu we, mbese uragenzwa n’amahoro?”

Yehu aramusubiza ati: “Yaba se ari amahoro ate, kandi nyoko Yezebeli akomeje gushengerera ibigirwamana no kujya mu by’ubupfumu?”

23 Yehoramu arahindukira kugira ngo ahunge, atakira Ahaziya ati: “Yewe Ahaziya, nagambaniwe!”

24 Yehu afora umuheto we arasa Yehoramu umwambi, winjira mu gihumbi usohokera mu mutima, maze atembagara mu igare rye ry’intambara.

25 Yehu abwira Bidukari umwungirije mu nkambi ati: “Terura intumbi ye uyijugunye mu murima wa Naboti w’i Yizerēli. Wibuke icyo Uhoraho yavuze cya gihe twagendanaga mu igare ry’intambara dukurikiye se Ahabu.

26 Uhoraho yagize ati: ‘Ejo nabonye ukuntu wowe Ahabu wamennye amaraso ya Naboti n’ay’abana be, none nzayakuryoreza muri uwo murima we. Ni jye Uhoraho ubivuze.’ Nuko rero terura iyo ntumbi uyijugunye muri uwo murima, bibe nk’uko Uhoraho yabivuze.”

Urupfu rwa Ahaziya umwami w’u Buyuda

27 Ahaziya umwami w’u Buyuda abibonye atyo, ahunga yerekeza ahitwa i Betigani. Yehu aramukurikira avuga ati: “Na we nimumwice.” Bamurasira mu igare rye azamuka ahitwa i Guri hafi ya Ibuleyamu. Icyakora abasha guhungira i Megido aba ari ho apfira.

28 Abagaragu be batwara umurambo we mu igare ry’intambara, bawushyingura hamwe na ba sekuruza mu Murwa wa Dawidi.

29 Ahaziya yari yarabaye umwami w’u Buyuda mu mwaka wa cumi n’umwe Yehoramu mwene Ahabu ari ku ngoma.

Urupfu rwa Yezebeli

30 Nuko Yehu ajya i Yizerēli. Yezebeli abyumvise yisiga irange ku ngohi, asokoza umusatsi yigira mwiza maze ajya mu idirishya.

31 Yehu yinjiye mu irembo ry’umujyi Yezebeli aramubaza ati: “Ni amahoro Zimuri, wowe wishe shobuja?”

32 Yehu yubura amaso akebuka mu idirishya ararangurura ati: “Unshyigikiye ni nde? Ni nde se?” Abagabo babiri cyangwa batatu b’inkonebamurungurukira mu idirishya.

33 Arababwira ati: “Nimujugunye hasi Yezebeli uriya.” Nuko barahamujugunya. Aragwa amaraso ye yimisha ku rukuta no ku mafarasi. Yehu arahamuribatira n’amafarasi ye.

34 Yehu yinjira mu ngoro ararya aranywa, maze arangije aravuga ati: “Nimutunganye umurambo wa kiriya kivume cy’umugore, mumushyingure kuko yari umwana w’umwami.”

35 Basohoka bagiye kumushyingura, bahabona gusa igihanga n’ibirenge n’ibiganza bye.

36 Basubirayo babibwira Yehu na we ariyamirira ati: “Uko ni ko Uhoraho yari yarabihishuriye umugaragu we Eliya w’i Tishibi, ko mu murima w’i Yizerēli imbwa zizaharira intumbi ya Yezebeli,

37 kandi ko intumbi ye izamera nk’ibishingwe binyanyagijwe mu murima w’i Yizerēli, ku buryo nta wuzabasha kuvuga ati: ‘Uyu ni Yezebeli.’ ”

Categories
2 Abami

2 Abami 10

Itsembwa ry’inzu ya Ahabu

1 Ahabu yari afite abana mirongo irindwi bamukomokaho, batuye i Samariya. Yehu yohereza inzandiko i Samariya ku bakuru b’ingabo z’umujyi, no ku bakuru b’imiryango no ku barindaga abana ba Ahabu. Arabandikira ati:

2 “Mwebwe abashinzwe kwita ku rubyaro rwa Ahabu, mufite amagare y’intambara n’amafarasi kimwe n’umujyi ntamenwa, mukibona uru rwandiko

3 muhite murobanura mu bana ba shobuja Ahabu ukwiriye kuba umwami, ubishoboye kandi w’intwari mumwimike. Bityo mwitegure kurwanira ab’inzu ya shobuja.”

4 Nuko bagira ubwoba cyane baravuga bati: “Tubasha dute guhangara Yehu niba abami babiribatabishoboye?”

5 Umuyobozi w’imirimo y’ibwami, n’umutegetsi w’umujyi n’abakuru b’imiryango n’abarinzi, baherako batuma kuri Yehu bati: “Twe twiyemeje kuba abagaragu bawe, tuzakora ibyo uzadutegeka byose. Bityo nta mwami wundi tuzimika ahubwo wowe ukore ibikunogeye.”

6 Yehu yongera kubandikira ati: “Niba munshyigikiye kandi mukaba munyumvira, nimuce imitwe abana bose ba shobuja Ahabu, ejo nk’iki gihe muzayinsangishe i Yizerēli.”

Abo bana ba Ahabu uko ari mirongo irindwi, bari hirya no hino ku bakuru b’umujyi bari babashinzwe.

7 Ba bayobozi bobonye urwandiko bazana abo bana uko ari mirongo irindwi barabica, maze imitwe yabo bayitekera mu nkangara bayoherereza Yehu i Yizerēli.

8 Intumwa igezeyo ibwira Yehu iti: “Imitwe ya bene Ahabu bayizanye.”

Yehu ategeka ko bayirunda ibirundo bibiri ku irembo ry’umujyi, ikahaguma kugeza bukeye.

9 Bukeye Yehu asohoka mu mujyi ahagarara imbere ya rubanda rwose, aravuga ati: “Mwebwe muri abere, ariko jye nigometse kuri databuja Yehoramu ndamwica. None se aba bose bo bishwe na nde?

10 Nuko rero muzirikane ko nta jambo Uhoraho yavuze ku nzu ya Ahabu, ritashyizwe mu bikorwa. Uhoraho yasohoje ibyo yasezeranye abinyujije ku mugaragu we Eliya.”

11 Bityo Yehu yicisha buri wese ufitanye isano na Ahabu wari usigaye i Yizerēli, kimwe n’abatware bose bo ku ngoma ye n’incuti ze z’amagara, n’abatambyi bose bakoranye na we ntiyagira n’umwe arokora.

Itsembwa ry’abavandimwe ba Ahaziya

12 Hanyuma Yehu ava aho yerekeza i Samariya. Ageze ahitwa i Betekedi y’Abashumba,

13 ahasanga abafitanye isano ya hafi na Ahaziya umwami w’u Buyuda. Arababaza ati: “Muri ba nde?”

Baramusubiza bati: “Dufitanye isano ya hafi na Ahaziya, tuzanywe no gusura abana be kimwe n’ab’umugabekazi Yezebeli.”

14 Yehu arategeka ati: “Nimubafate.” Nuko barabafata barabica, babajugunya mu rwobo rw’i Betekedi. Ntihagira n’umwe ubacika uko ari mirongo ine na babiri.

Yehu ahura na Yonadabu

15 Yehu yigiye imbere gato ahura na Yonadabu mwene Rekabuwari uje kumusanganira, aramuramutsa aramubaza ati: “Mbese uranshyigikiye nk’uko nanjye ngushyigikiye?”

Yonadabu aramusubiza ati: “Yego!”

Yehu ati: “Reka duhane ibiganza.” Nuko bahana ibiganza, hanyuma Yehu amushyira mu igare rye.

16 Yehu aramubwira ati: “Reka tujyane wirebere uburyo nkorera Uhoraho n’ishyaka ryinshi!”

Nuko bajyana mu igare rye.

17 Yehu ageze i Samariya yicisha abakomoka kuri Ahabu bose bari basigaye mu murwa. Bose arabatsemba akurikije ijambo Uhoraho yari yaratumye Eliya.

Yehu atsemba Bāli n’abayoboke bayo

18 Yehu akoranya rubanda rwose maze arababwira ati: “Ahabu yashengereraga buhoro Bāli, naho jyewe Yehu ngiye kuyishengerera byimazeyo.

19 Nimuhamagaze rero abahanuzi bose ba Bāli, n’abayoboke be bose n’abatambyi be bose, ntihagire n’umwe ubura kuko ngiye gutambira Bāli igitambo gikomeye. Ubura wese azahanishwa urupfu.” Yehu yakoresheje ubwo buryarya kugira ngo akoranye abayoboke bose ba Bāli abatsembe.

20 Yehu arategeka ati: “Nimuhamagaze ikoraniro ryo gushengerera Bāli.” Bararihamagaza.

21 Iryo tangazo rikwira muri Isiraheli hose, abayoboke ba Bāli bose baraza hadasigaye n’umwe. Binjira mu ngoro ya Bāli iruzura impande zose.

22 Maze Yehu ategeka ushinzwe imyambaro yeguriwe ingoro, guha buri muyoboke wese wa Bāli umwambaro. Bityo awuha buri wese!

23 Yehu na Yonadabu mwene Rekabu binjira mu ngoro ya Bāli, maze Yehu abwira abayoboke ba Bāli ati: “Mugenzure hirya no hino niba nta mugaragu w’Uhoraho ubarimo, murebe ko ari mwe mwenyine abayoboke ba Bāli.”

24 Nuko barinjira batura amaturo, batamba n’ibitambo bikongorwa n’umuriro. Icyakora Yehu yari yamaze gushyiraho ingabo mirongo inani zashinze ibirindiro hanze. Arababwira ati: “Dore abayoboke ba Bāli mbashyize mu maboko yanyu. Nihagira ureka n’umwe agacika aricwa mu cyimbo cye.”

25 Yehu amaze gutamba ibitambo ategeka za ngabo n’abakuru bazo ati: “Nimwinjire mutsembe abayoboke ba Bāli. Ntihagire n’umwe urokoka.” Izo ngabo n’abakuru bazo ziherako zibatsembesha inkota, intumbi zabo bazijugunya hanze y’umujyi. Hanyuma binjira mu cyumba cy’ingoro cyeguriwe Bāli,

26 basenya inkingi barayisohora barayitwika.

27 Barimbura inkingi yeguriwe Bāli, ingoro yayo yose barayisenya. Aho yari iri bahahindura imisarane ya rubanda nk’uko biri na n’ubu.

28 Nguko uko Yehu yakuyeho Bāli mu gihugu cya Isiraheli.

29 Nyamara na we ntiyareka ibyaha byakorwaga na Yerobowamu mwene Nebati, wari waratoje Abisiraheli gushengerera ibishushanyo by’inyana z’izahabu, byari bishinze i Beteli n’i Dani.

30 Uhoraho abwira Yehu ati: “Kubera ko wakoze ibinogeye, ugasohoza ibyo nari ngamije byose ku nzu ya Ahabu, abazagukomokaho ni bo bazasimburana ku ngoma muri Isiraheli kugeza ku buvivi.”

31 Nyamara Yehu ntiyumviraga Amategeko y’Uhoraho Imana ya Isiraheli abikuye ku mutima. Bityo ntiyaretse gukora ibyaha nk’ibya Yerobowamu wari waratoje Abisiraheli gucumura.

Urupfu rwa Yehu

32 Muri icyo gihe Uhoraho yibasira igihugu cya Isiraheli aragitubya. Ashyigikira Hazayeli umwami wa Siriya arwanya Abisiraheli, aho bari bari hose mu gihugu cyabo.

33 Nuko banyagwa akarere kose k’iburasirazuba bwa Yorodani, n’ak’amajyaruguru ya Aroweri ku nkombe za Arunoni. Ni ukuvuga intara ya Gileyadi n’i Bashani, hatuwe n’Abagadi n’Abarubeni n’Abamanase.

34 Ibindi bikorwa n’ibigwi byose bya Yehu n’ubutwari bwe, byanditswe mu gitabo cyitwa “Ibikorwa by’abami ba Isiraheli.”

35-36 Yehu yamaze imyaka makumyabiri n’umunani ari ku ngoma ya Isiraheli i Samariya, yisazira amahoro bamushyingura i Samariya, umuhungu we Yehowahazi amusimbura ku ngoma.