Categories
2 Abamakabe

2 Abamakabe 1

Ibaruwa yandikiwe Abayahudi bo mu Misiri

1 “Bavandimwe bacu b’Abayahudi bari mu Misiri,twebwe abavandimwe banyu dutuye i Yeruzalemu no mu gihugu cy’u Buyuda, turabaramutsa kandi tubifuriza amahoro asesuye.

2 “Imana niyibuke Isezerano yagiranye na Aburahamu na Izaki na Yakobo abagaragu bayo b’indahemuka, maze ibasenderezeho ibyiza byayo.

3 Imana nibahe mwese ubushake bwo kuyisenga no gukora ibyo ishaka, mubikunze kandi mubikuye ku mutima.

4 Nibahe gusobanukirwa Amategeko n’amabwiriza yayo, kandi ibahe amahoro.

5 Niyumve amasengesho yanyu ibababarire ibicumuro byanyu, kandi ntikabatererane mu byago.

6 Ibyo ni byo tubasabira muri iki gihe.

7 “Mu mwaka wa 169,ku ngoma ya Demeteriyo, twarabandikiye tuti: ‘Ubu turi mu kababaro gakomeye, kuva aho Yasoni n’abayoboke be batatiye ahantu haziranenge n’Imana Umwami wacu.

8 Bageze n’aho batwika umuryango munini w’Ingoro kandi bica inzirakarengane, ariko twatakambiye Uhoraho maze aratwumva. Twashoboye gutamba igitambo no gutura ituro ry’ifu, ducana amatara kandi tumurika imigati yeguriwe Imana.’

9 None rero tubandikiye tubashishikariza kwizihiza mu minsi irindwi, ibirori by’iminsi mikuru y’Ingando mu kwezi kwa Kisilevu.

10 “Byanditswe mu mwaka wa 188.”

Ibaruwa yandikiwe Arisitobule

“Arisitobule umujyanama w’Umwami Putolemeyi, ukomoka mu batambyi beguriwe Imana, namwe Bayahudi batuye mu Misiri, twebwe Abayahudi batuye i Yeruzalemu no mu Buyuda hamwe n’Inama nkuru na Yuda, turabaramutsa kandi tubifuriza ubuzima buzira umuze.

11 “Turashimira Imana cyane kuko yadukuye mu makuba akomeye. Ni yo ubwayo yadutsindiye umwami,

12 imenesha abari bahagurukiye gutera umurwa muziranenge.

13 “Koko rero igihe Umwami Antiyokusi yajyaga mu Buperesi, ingabo ze zabonekaga nk’aho ari indatsimburwa, nyamara we n’ingabo ze bicirwa mu ngoro ya Naneya,biturutse ku mayeri y’abatambyi b’icyo kigirwamanakazi.

14 Antiyokusi ari kumwe n’ibyegera bye, yagiye muri iyo ngoro yitwaje ko agiye kurongora icyo kigirwamanakazi Naneya, ariko we agambiriye gutwara ubukungu bwinshi bwo muri iyo ngoro nk’inkwano.

15 Abatambyi ba Naneya bari bashyize ubwo bukungu ahagaragara mu ngoro, maze Umwami Antiyokusi n’abari kumwe na we binjira mu gikari cy’ingoro. Bamaze kwinjira abatambyi bafunga imiryango,

16 bakingura akaryango kari ahantu hihishe mu gisenge, maze Antiyokusi n’abari kumwe na we babicisha amabuye. Hanyuma imirambo yabo bayicamo ibice, ibihanga babijugunyira abari hanze.

17 Imana yacu iragahora isingizwa yo yahannye abagizi ba nabi. Imana iragahora isingizwa muri byose.

18 “Ku itariki ya makumyabiri n’eshanu z’ukwezi kwa Kisilevu, tuzizihiza umunsi mukuru w’ihumanurwa ry’Ingoro y’Imana. Twasanze byaba byiza kubibamenyesha, kugira ngo namwe muzawizihize nk’uko mwizihiza iminsi mikuru y’Ingando. Ibyo bizatume kandi mwibuka umuriro wigaragaje, igihe Nehemiya yatambaga ibitambo amaze kubaka Ingoro n’urutambiro.

19 Koko rero igihe ba sogokuruza bajyanywe mu Buperesi, abatambyi b’indahemuka b’icyo gihe bafashe umuriro ku rutambiro, bawuhisha ahantu h’ubwigobeko mu iriba ryakamye. Aho bawuhishe barahasibanganyije neza, ku buryo nta muntu n’umwe wigeze ahamenya.

20 Imyaka irahita indi irataha, maze aho Imana ibishakiye, umwami w’u Buperesi yohereza Nehemiya i Yeruzalemu. Nuko Nehemiya ategeka abakomoka kuri ba batambyi bahishe wa muriro ngo bajye kuwushaka.

21 Ariko bamubwira ko batahabonye umuriro, ahubwo ko bahasanze amazi y’urusukume,Nehemiya abategeka kujya kuyavoma bakayazana. Igihe bamaze gutegura ibikenewe byose bijyana n’igitambo, Nehemiya ategeka abatambyi gusuka ayo mazi hejuru y’inkwi no ku gitambo biri ku rutambiro.

22 Ibyo birakorwa, hashize akanya izuba ryari rikingirijwe n’igicu riraka. Nuko umuriro mwinshi ugurumana ku rutambiro maze bose baratangara.

23 Uko igitambo cyakongokaga, ni na ko abatambyi n’abari aho bose bafatanyaga gusenga. Yonatani agatera, abandi bakikiriza hamwe na Nehemiya.

24 Basengaga bavuga bati: ‘Nyagasani, Nyagasani Mana yacu, ni wowe waremye ibintu byose. Uri indahangarwa n’umunyambaraga, uri umunyakuri n’umunyampuhwe. Ni wowe mwami wenyine kandi utunganye.

25 Ni wowe wenyine mucunguzi n’umunyakuri, nyir’ububasha kandi uhoraho. Ni wowe witoranyirije ba sogokuruza urabiyegurira kugira ngo bagukorere, kandi witeguye gukiza Isiraheli ibyago byose.

26 None rero wakire iki gitambo gitambiwe ubwoko bwawe bw’Abisiraheli. Ubarinde kuko wabiyeguriye kandi ubahe kugutunganira kugira ngo bagukorere.

27 Korakoranya abacu ubavane mu bihugu byose batataniyemo, ubohore abagizwe inkoreragahato mu bihugu by’amahanga. Urebane impuhwe abo bose barengana bazira agasuzuguro n’urwango, kugira ngo amahanga amenye ko uri Imana yacu.

28 Hana abadukandamiza kandi bakadusuzugurana ubwirasi.

29 Tuza ubwoko bwawe ahantu wiyeguriye nk’uko Musa yabivuze.’

30 “Hanyuma Abatambyi na bo batera indirimbo z’ibisingizo.

31 Igitambo kimaze gukongoka, Nehemiya ategeka ko amazi asigaye bayasuka ku mabuye manini.

32 Ibyo bimaze gukorwa ikirimi cy’umuriro kirarabya, ariko urumuri rwacyo ruganzwa n’urw’umuriro wakiraga ku rutambiro.

33 Inkuru y’ibyabaye isakara hose. Nuko bajya kumenyesha umwami w’u Buperesi ko ahantu abatambyi bari barahishe umuriro mbere y’uko bajyanwaho iminyago havubutse amazi, Nehemiya na bagenzi be bayatwikisha igitambo.

34 Umwami amaze kugenzura ibyabaye azitira aho hantu, ahagira ahaziranenge.

35 Aho hantu umwami yahakuraga inyungu nyinshi, akajya aziha abatoni be ho impano.

36 Ayo mazi Nehemiya na bagenzi be bayita ‘Nefutari’, bisobanurwa ngo ‘uguhumanurwa’, ariko benshi bakayita ‘Nafuta’.

Categories
2 Abamakabe

2 Abamakabe 2

1 “Mu nyandiko za kera, havugwamo ko umuhanuzi Yeremiya yategetse abari bajyanywe ho iminyago gufata umuriro wo ku rutambiro, bakawushyira ahantu hizewe nk’uko byavuzwe haguru.

2 Byongeye kandi, umuhanuzi amaze guha igitabo cy’Amategeko abari bajyanywe ho iminyago, yabategetse ko batazibagirwa amabwiriza ya Nyagasani, no kutazateshuka babitewe no kureba amashusho y’ibigirwamana by’izahabu cyangwa by’ifeza n’imitako bitamirije.

3 Yabagiriye n’izindi nama nk’izo, abashishikariza kudateshuka ku Mategeko.

4 “Muri imwe muri izo nyandiko, bavuga ko umuhanuzi ayobowe n’Imana yategetse ko bamukurikiza Ihema ry’ibonaniro n’Isanduku. Nuko ajya kuri wa musozi Musa yazamutse akitegereza igihugu Imana yasezeranyije ubwoko bwayo.

5 Yeremiya ahageze ahasanga ubuvumo bunini, abwinjizamo Ihema n’Isanduku n’urutambiro rwoserezwaho imibavu, maze afunga urwinjiriro rwabwo.

6 “Hanyuma bamwe mu bari bamuherekeje bashaka kuhagaruka, kugira ngo bashyire ibimenyetso aho banyuze, ariko ntibahamenya.

7 Yeremiya abyumvise arabacyaha maze arababwira ati: ‘Aha hantu ntihazamenyekana, kugeza ubwo Imana izagirira impuhwe abantu bayo ikongera kubahuriza hamwe.

8 Ubwo ni bwo Nyagasani azongera kugaragaza ibyo bintu, ni na bwo azongera kugaragaza ikuzo rye muri cya gicu, nk’uko byagenze mu gihe cya Musa n’igihe Salomo yasengaga, asaba ko Ingoro yegurirwa Imana mu ikuzo ryayo.’

9 Byongeye kandi, bavugagamo n’ukuntu Salomo umwami wari ufite ubuhanga buhanitse, yatambye igitambo cyo kwizihiza iyuzuzwa ry’Ingoro n’itahwa ryayo.

10 Nk’uko Musa yasabye Nyagasani, umuriro ukamanuka mu ijuru ugakongora igitambo, ni na ko Salomo yasabye maze umuriro umanuka mu ijuru ukongora ibitambo byose.

11 Musa yari yaravuze ati: ‘Igitambo cyatambiwe guhongerera ibyaha cyakongotse, kubera ko nta wakiriye.’

12 Nk’uko bisanzwe bigenda, Salomo na we yamaze iminsi umunani yizihiza uwo munsi mukuru

13 “Ibikorwa nk’ibyo bivugwa muri izi nyandiko no mu byakozwe n’umuhanuzi Nehemiya. Bavugagamo kandi ukuntu Nehemiya yashyizeho inzu y’ibitabo, akahakoranyiriza ibitabo bivuga iby’abami n’abahanuzi ndetse n’inyandiko za Dawidi, n’amabaruwa y’abami avuga ibyerekeye amaturo.

14 Ni muri ubwo buryo Yuda na we yakoranyije ibitabo byose byari byaranyanyagiye kubera intambara baduteje. Ibyo bitabo na byo turabifite.

15 Niba hari bimwe muri byo mukeneye, nimutwoherereze abantu babibazanire.

16 “Tugiye kwizihiza umunsi mukuru w’ihumanurwa ry’Ingoro, none turabandikiye kugira ngo namwe muwizihize.

17 Imana yakijije abantu bayo, yabashubije igihugu cyabo n’ubwami bwabo, ibasubiza no ku mirimo y’ubutambyi n’iy’Ingoro,

18 nk’uko yari yarabisezeranye mu Mategeko yayo. Ni yo mpamvu twizera ko igiye kutugirira impuhwe, igakorakoranya abantu bayo batataniye impande zose, ikazabahuriza mu gihugu yabasezeranyije. Koko rero yatugobotoye mu byago bikomeye kandi ihumanura Ingoro.”

Ijambo ry’ibanze ry’umwanditsi w’iki gitabo

19 Mu gihe cya Yuda Makabe n’abavandimwe be habayeho ibikorwa bikomeye. Bahumanuye Ingoro y’Imana kandi bayegurira urutambiro.

20 Barwanyije Umwami Antiyokusi Epifani n’umuhungu we Ewupatori.

21 Imbaraga ziturutse mu ijuru zigaragarije abarwaniye ishyaka idini y’Abayahudi bafite umurava n’ubutwari, ku buryo nubwo bari bake babashije kwigarurira igihugu cyose, bacyirukanamo ingabo z’abanzi.

22 Bishubije Ingoro y’akataraboneka mu isi yose, babohoza Yeruzalemu kandi basubizaho Amategeko yari yarakuweho. Ibyo byose babigezeho bafashijwe n’impuhwe za Nyagasani n’urukundo rwe ruhebuje.

23 Yasoni w’i Sirenewari umuhanga mu byerekeye amateka, yanditse ibyo bikorwa mu buryo burambuye mu bitabo bitanu, none nanjye ngiye kugeregeza kubyandika muri make mu gitabo kimwe.

24 Koko rero nabonye ko ubwinshi bw’imibare n’uburemere bw’inyigisho zibirimo, bitera ingorane ikomeye abashaka gukurikirana imiterere y’ayo mateka.

25 Niyemeje gushimisha abikundira gusoma gusa no korohereza abakunda gufata mu mutwe ibyabaye, no kugirira akamaro abantu bose bazakoresha iki gitabo.

26 Kuri jye kuba nariyemeje kwandika icyo gitabo mu magambo make ntibyanyoroheye. Uwo murimo wambijije icyuya ndetse kenshi ukambuza gusinzira.

27 Biruhije nk’uko umuntu ategura ibirori ashaka gushimisha buri mutumirwa. Icyakora nari niyemeje kwihanganira uwo murimo utoroshye, kugira ngo ngirire akamaro abasomyi benshi.

28 Ndekeye umuhanga mu byerekeye amateka inshingano yo gusobanura mu buryo burambuye ibyabaye byose, naho jyewe nzagerageze kubivuga mu magambo make.

29 Koko rero iyo umuntu atangiye kubaka inzu, umuhanga mu by’ubwubatsi ni we ugomba kwita ku myubakire yayo yose. Nyamara ufite inshingano yo kuyisiga amarangi no kuyitaka, ashishikazwa gusa n’ibyo kuyirimbisha. Uko ni ko umurimo wanjye uteye.

30 Umuntu wiyemeje gutangira igikorwa cyerekeye amateka, agomba mbere na mbere gusobanukirwa neza icyo agamije, agasesengura kandi akita cyane ku bibazo no kuri buri ngingo.

31 Icyakora azaharanira kubyandika mu magambo make kandi asobanutse, azirinda kurondora ibyabaye byose.

32 Nuko rero ntangiye inyandiko yanjye nta cyo nongeraho mu bimaze kuvugwa. Koko rero byaba ari ubujiji kurondogora mu ijambo ry’ibanze, hanyuma inkuru ubwayo nkayivuga mu magambo make.

Categories
2 Abamakabe

2 Abamakabe 3

Ubugambanyi bwa Simoni

1 Mu gihecy’Umutambyi mukuru Oniyasi abaturage ba Yeruzalemu umurwa muziranenge bari mu mahoro asesuye. Bubahirizaga Amategeko ntibayateshukeho kubera ko Oniyasi yakundaga Imana kandi akanga ikibi.

2 Abami ubwabo na bo bubahirizaga Ingoro, bakayigenera amaturo y’igiciro cyinshi bakayatangana ubushake.

3 Ni muri urwo rwego Selewukusi umwami wa Aziya, na we yishyuraga ku mutungo we bwite ibyakoreshwaga byose mu mirimo yo gutamba ibitambo.

4 Ariko uwitwa Simoni umutambyi ukomoka mu muryango wa Biluga, wari ushinzwe ubuyobozi bw’Ingoro, agirana amakimbirane n’Umutambyi mukuru ku byerekeye imicungire y’amasoko y’umujyi.

5 Kubera ko Simoni atashoboraga gutsinda Oniyasi, ajya kwa Apoloniyo mwene Tarisi, wategekaga icyo gihe ibihugu bikomatanije by’iburengerazuba bwa Efurati na Fenisiya.

6 Amumenyesha ko umutungo w’Ingoro y’i Yeruzalemu wari wuzuyemo ubukire bwinshi: harimo ifeza zitabarika zidafitanye isano n’izateganyirijwe ibitambo, amubwira kandi ko umuntu ashobora kuzifata ku ngufu akazishyira mu mutungo w’umwami.

Heliyodori yoherezwa i Yeruzalemu

7 Apoloniyo amaze kubonana n’umwami, amumenyesha iby’ubwo bukire Simoni yari yamubwiye. Umwami ategeka Minisitiri w’intebe Heliyodori, kujya i Yeruzalemu kumuzanira uwo mutungo.

8 Heliyodori aherako aragenda, yitwaje ko ajyanywe no kugenzura imijyi yo mu bihugu bikomatanyije by’iburengerazuba bwa Efurati n’iyo muri Fenisiya, ariko mu by’ukuri agambiriye gusohoza icyifuzo cy’umwami.

9 Heliyodori ageze i Yeruzalemu, yakirwa neza n’Umutambyi mukuru n’abatuye uwo mujyi bose. Abamenyesha ikimugenza kandi abatekerereza ibyo yabwiwe byerekeye umutungo w’Ingoro, ariko ashaka kumenya niba ibyo yumvise ari ukuri.

10-11 Umutambyi mukuru amusobanurira ko ibyavuzwe na wa muhemu Simoni ari ibinyoma. Koko rero umutungo w’Ingoro wari ugizwe n’ifeza, ariko igice kimwe cyari cyaragenewe abapfakazi n’impfubyi, ikindi cyari kigizwe n’umutungo wa Hirikani mwene Tobi wari umunyacyubahiro ukomeye. Uwo mutungo wose wanganaga n’ibiro ibihumbi cumi na kimwe by’ifeza, n’ibiro ibihumbi bitanu na magana atanu by’izahabu.

12 Byongeye kandi ntibyashobokaga gukora kuri uwo mutungo, kuko byari uguhemukira abari bafitiye icyizere aho hantu haziranenge, kimwe n’icyubahiro no kutavogerwa by’Ingoro yubahwa ku isi yose.

Abaturage b’i Yeruzalemu bakuka umutima

13 Nyamara kubera amategeko Heliyodori yari yahawe n’umwami, yakomeje kuvuga ko izo feza zigomba gufatwa zigashyirwa mu mutungo w’umwami.

14 Ku munsi yari yagennye, Heliyodori ajya mu Ngoro kugira ngo abaruze izo feza. Ibyo bituma abatuye Yeruzalemu bose bakuka umutima.

15 Abatambyi bambaye imyambaro yabo y’ubutambyi bikubita hasi bubamye imbere y’urutambiro, batakambira Imana gukomereza uwo mutungo bene wo nta kiwuhungabanyije, kuko Imana ubwayo ari yo yashyizeho itegeko ryerekeye ibyabitswe.

16 Ababonaga uko Umutambyi mukuru yari ameze barashengukaga. Mu maso ye hari hahindutse, hakagaragaza agahinda kamwuzuye umutima.

17 Ubwoba yari afite n’umushyitsi yahindaga, byagaragarizaga abamureba bose akababaro kenshi afite.

18 Abantu basohokaga mu mazu bakiremamo amatsinda bagasengera hamwe, kugira ngo Ingoro idahumanywa.

19 Abagore benshi bakenyeye imyambaro igaragaza akababaro bari buzuye mu mayira. Abakobwa b’inkumi batavaga imuhira birukaga bajya ku marembo cyangwa ku nkuta z’umujyi, abandi bakarungurukira mu madirishya.

20 Aho bari hose babaga berekeje amaboko hejuru, batakambira Imana kugira ngo ibagoboke.

21 Rwose byari biteye agahinda kubona iyo mbaga y’abantu bari bikubise hasi bubamye mu kajagari basenga, ndetse n’Umutambyi mukuru yari yakutse umutima.

Nyagasani arinda Ingoro ye

22 Igihe buri wese yatakambiraga Nyagasani Nyirububasha kugira ngo arinde uwo mutungo kandi awurindire abaweguriye Ingoro,

23 Heliyodori we yariho arangiza inshingano yari yahawe.

24 Igihe Heliyodori n’abamurindaga bari bageze hafi y’umutungo w’Ingoro, ni bwo Umugenga w’abamarayika n’uw’ububasha bwose yatumye habaho iyerekwa ridasanzwe, maze abantu bose bari batinyutse kwinjira aho hantu bakurwa umutima n’uko kwigaragaza kw’imbaraga z’Imana, bacika intege kandi ubwoba burabataha.

25 Nuko muri iryo yerekwa babona ifarasi itamirije imitako, ihetse umuntu ufite igitinyiro wari wambaye imyambaro y’izahabu. Iyo farasi isimbukana umurego maze itikura Heliyodori ibinono by’imbere.

26 Ako kanya haboneka abandi basore babiri bafite imbaraga zitangaje, bafite ubwiza bubengerana kandi bambaye imyambaro y’akataraboneka. Bari bahagaze iruhande rwa Heliyodori umwe iburyo undi ibumoso, bamuhondagura ubutitsa bungikanya.

27 Heliyodori ahita yikubita hasi yataye ubwenge. Nuko baramuterura bamurambika mu ngobyi.

28 Uwo mugabo wari umaze kwinjira muri cya cyumba cyarimo umutungo, ashagawe n’abantu benshi hamwe n’abamurindaga, asigara nta cyo abasha kwimarira. Abantu be baramujyana maze buri wese amenyeraho ububasha bukomeye bw’Imana.

29 Kubera igihano cy’Imana Heliyodori yari arambaraye atabasha kuvuga, nta n’icyizere na busa afite cyo kuzongera kubaho.

30 Abatuye umujyi basingizaga Imana kubera ukuntu yarinze ahantu hayo haziranenge ku buryo butangaje. Mbere y’ibyo abantu bari mu Ngoro bari bishwe n’ubwoba n’agahinda, none ubu basābwe n’ibyishimo kubera ko Nyagasani Nyirububasha yabagobotse.

Oniyasi asabira Heliyodori

31 Nuko ako kanya bamwe muri bagenzi ba Heliyodori, basaba Umutambyi mukuru Oniyasi gutakambira Isumbabyose, kugira ngo asubize ubuzima uwo muntu wari urambaraye aho yenda gupfa.

32 Nuko Oniyasi atambira Imana igitambo kugira ngo ikize Heliyodori. Koko rero yatinyaga ko umwami yakeka ko Abayahudi ari bo bishe intumwa ye.

33 Igihe Umutambyi mukuru yatambaga igitambo cyo guhongerera ibyaha, ba basore bambaye imyambaro y’akataraboneka bongera kwiyereka Heliyodori, bahagarara iruhande rwe maze baramubwira bati: “Shimira cyane Oniyasi Umutambyi mukuru, kuko ari we watumye Nyagasani agusubiza ubuzima.

34 Naho wowe rero nyuma y’uko Imana imaze kugukosora, genda utangarize abantu bose ububasha bwayo bukomeye.” Bamaze kuvuga ayo magambo ntibongera kuboneka.

Heliyodori atangaza ububasha bw’Imana

35 Heliyodori atambira Nyagasani igitambo, kandi amuhigira umuhigo kubera ko yamugaruriye ubuzima. Hanyuma asezera kuri Oniyasi, maze we n’ingabo ze basubira ibwami.

36 Yagendaga ahamya imbere y’abantu bose ibyo Imana ishobora byose yakoze akabyibonera ubwe.

37 Umwami amubajije undi muntu yakohereza i Yeruzalemu, Heliyodori aramusubiza ati:

38 “Niba ufite umwanzi cyangwa ukaba uzi undi muntu ugambanira ubutegetsi bwawe umwoherezeyo. Naramuka ahivanye azagaruka yakubititse, kuko bigaragara ko aho hantu hari ububasha bw’Imana buhakorera.

39 Imana yo mu ijuru igenzura iyo Ngoro kandi ikayirinda, irahana kandi ikarimbura abayinjiramo bafite imigambi mibi.”

40 Nguko uko byagendekeye Heliyodori, nguko kandi uko umutungo w’Ingoro warinzwe abawusahura.

Categories
2 Abamakabe

2 Abamakabe 4

Simoni asebya Oniyasi

1 Twavuze ukuntu Simoni yagambaniye igihugu cye, kandi ko ari we wamenyesheje Apoloniyo ibyerekeye umutungo w’Ingoro.Koko rero Simoni yatangiye gusebya Oniyasi avuga ati: “Oniyasi ni we warwanyije Heliyodori, akaba ari na we ntandaro y’ibyago yagize.”

2 Oniyasi wari uzwi ho kuba umugiraneza mu mujyi, akitangira kandi akarwanira ishyaka Amategeko, Simoni yatinyutse no kumwita umwanzi w’igihugu.

3 Urwo rwango rwarushijeho gukomera kugeza ubwo hagiye habaho ubwicanyi, bukozwe n’abayoboke ba Simoni.

4 Oniyasi abona ukuntu ayo makimbirane arushaho gukabya, n’ukuntu Apoloniyo mwene Menesiteyo, umutware w’ibihugu bikomatanyije by’iburengerazuba bwa Efurati na Fenisiya, nta kindi yakoraga kitari ugukuririza ubugome bwa Simoni.

5 Nuko Oniyasi aherako ajya ibwami, atajyanywe no kurega abaturage, ahubwo agamije icyagirira akamaro abaturage bose, cyane cyane Abayahudi.

6 Koko rero Oniyasi yabonaga neza ko umwami atabagobotse, bitajyaga gushoboka ko amahoro agaruka mu gihugu. Byongeye kandi Simoni ntiyajyaga kureka iyo mikorere ye y’ubusazi.

Yasoni ahatira bene wabo kwemera umuco w’Abagereki

7 Selewukusi amaze gupfa, Antiyokusi wahimbwe Epifani yamusimbuye ku ngoma. Nuko Yasoni umuvandimwe wa Oniyasi, yigira Umutambyi mukuru akoresheje uburiganya.

8 Yasoni yasabye umwami ko babonana, amusezeranya kuzamuha ibiro ibihumbi icumi by’ifeza biturutse ku misoro, akazongeraho n’ibiro ibihumbi bibiri na magana abiri biturutse ku zindi nyungu.

9 Byongeye kandi yiyemeza guha umwami ibindi biro ibihumbi bine by’ifeza, aramutse amwemereye kubakisha inzu y’imikino n’ishuriry’urubyiruko, agakoresha n’ibarura ry’abaturage b’i Yeruzalemu bashyigikiye Antiyokusi.

10 Nuko umwami arabyemera. Yasoni amaze gufata ubutegetsi ahatira bene wabo kwemera umuco w’Abagereki.

11 Yasoni akuraho uburenganzira Abayahudi bari barahawe n’umwamiwamubanjirije, babikesheje Yohani se wa Ewupolemi. (Ewupolemi uwo ni we uzoherezwa i Roma kugira ngo agirane amasezerano y’ubucuti n’ubufatanye n’Abanyaroma). Yasoni yavanyeho ibikorwa bishingiye ku Mategeko y’Imana, atangira gukora imigenzo inyuranyije na yo.

12 Koko rero yishimiye kubakisha inzu y’imikino munsi y’umusozi wari wubatsweho Ingoro, maze ashishikariza urubyiruko rwabizobereyemo kujya bahakorera imyitozo ngororamubiri nk’iy’Abagereki.

13 Nuko imigenzo y’Abagereki ikwira hose, n’abantu barushaho kwigana imico y’abanyamahanga. Ibyo byose byaturutse kuri Yasoni wari ufite ubugome bukabije, umuntu utubahaga Imana kandi utari ukwiye kwitwa Umutambyi mukuru.

14 Byageze n’aho abatambyi ubwabo batacyitaye ku mirimo yerekeye urutambiro: nta cyubahiro bari bagifitiye Ingoro kandi ntibari bagitamba ibitambo, ahubwo iyo bumvaga ikimenyetso cy’uko imikino ngororamubiri itangiye bihutiraga kuyijyamo, nyamara kandi inyuranyije n’Amategeko y’Imana.

15 Nta cyo bari bagikora gihesha icyubahiro imigenzo ya ba sekuruza, ahubwo bashyiraga imbere iyubahirizwaga mu Bagereki.

16 Ngiyo impamvu yatumye bamererwa nabi. Koko rero abo batangariraga imigenzereze yabo kandi bashakaga kwigana muri byose, babahindukiye abanzi barabakandamiza.

17 Ntawe urenga ku Mategeko y’Imana ngo bicire aho, nk’uko bizagaragara mu bihe bizakurikira.

Abaturage b’i Yeruzalemu bakira imico y’Abanyasiriya

18 Buri myaka ine mu mujyi wa Tiri hakorerwaga amarushanwa y’imikino ngororamubiri, umwami na we akaza kuyizihiza.

19 Umupfapfa Yasoni yoherezayo intumwa zihagarariye abashyigikiye Antiyokusi b’i Yeruzalemu, bajyana ibikoroto magana atatu by’ifeza bigenewe igitambo bazatambira ikigirwamana Herakelisi. Ariko abo bantu babona ko bidakwiye gukoresha ifeza zingana zityo mu gutamba igitambo, ahubwo ko zakoreshwa indi mirimo.

20 Ni yo mpamvu abari bajyanye izo feza batubahirije icyifuzo cya Yasoni, wari wazigeneye gutambira igitambo ikigirwamana Herakelisi, ahubwo bakazikoresha mu gukora amato y’intambara.

21 Antiyokusi yari yarohereje Apoloniyo mwene Menesiteyo mu Misiri, mu birori byo kwimika umwami Filometori. Icyo gihe Antiyokusi amenya ko Filometori arwanya imitegekere ye, maze yiyemeza kurengera ubwami bwe. Nuko ajya i Yope, ahavuye ajya i Yeruzalemu.

22 Yasoni n’abaturage bamwakirana icyubahiro cyinshi, bamwinjiza mu mujyi bacanye amatara kandi bavuza n’impundu.Ibyo birangiye Antiyokusi n’ingabo ze basubira muri Fenisiya.

Menelasi aba Umutambyi mukuru

23 Hashize imyaka itatu, Yasoni yohereza Menelasi ibwami. Menelasi uwo yari umuvandimwe wa Simoni, wa wundi twigeze kuvuga haruguru.Yasoni amutegeka gushyira umwami Antiyokusi ifeza kandi ngo amusabe umwanzuro w’ibibazo bikomeye.

24 Ariko Menelasi ageze imbere y’umwami, amugiraho ubutoni bitewe n’imyifatire ye y’umuntu ukomeye. Yihesha atyo umurimo w’ubutambyi bukuru, amwizeza kuzamuha ibiro ibihumbi umunani by’ifeza birenga ku byo Yasoni yari yarasezeranye.

25 Menelasi amaze kubona icyemezo cy’umwami kimuhesha uburenganzira bwo gukora uwo murimo, agaruka i Yeruzalemu. Icyakora nta myifatire y’Umutambyi mukuru yaranganwaga, ahubwo yari umunyagitugu w’umugome akagira n’uburakari nk’ubw’igikōko cyo mu ishyamba.

26 Bityo Yasoni wari wavanishije umuvandimwe we bwite ku murimo w’Umutambyi mukuru akoresheje uburiganya, na we avanwaho n’undi maze biba ngombwa ko ahungira muri Amanitidi.

27 Menelasi yari yahawe ubutegetsi, ariko yirengagiza guha umwami za feza yari yamusezeranyije.

28 Nyamara Sositarati wategekaga ikigo ntamenwa cy’i Yeruzalemu, yahoraga amwishyuza izo feza kuko ari we wari ushinzwe kwakira imisoro. Kubera iyo mpamvu, byageze n’aho bombi batumizwa ibwami.

29 Bagiye kugenda Menelasi ashyiraho umuvandimwe we Lisimaki, kugira ngo abe amusigariye ku mirimo y’ubutambyi bukuru, naho Sositarati asigaho Karatesi wari umugaba w’ingabo z’abacancuro bakomokaga muri Shipure.

Urupfu rwa Oniyasi

30 Icyo gihe abaturage b’i Tarisi n’ab’i Malosi barivumbagatanya. Koko rero ibyo byatewe n’uko umwami yari yagabiye imijyi yabo Antiyokisa wari inshoreke ye.

31 Umwami yihutira kujya kugarura umutekano muri ako karere. Nuko ashyiraho Andironiko umwe mu baminisitiri be, kugira ngo abe amusigariye ku mirimo y’ubutegetsi Antiyokiya.

32 Bityo Menelasi aba abonye akanya kamutunganiye, yiba bimwe mu bikoresho by’izahabu byo mu Ngoro abiha ho impano Andironiko, ibindi abigurishiriza mu mujyi wa Tiri no mu yindi mijyi iwukikije.

33 Oniyasi amaze kubimenyeshwa by’imvaho, ahungira mu ngoro y’i Dafune hafi ya Antiyokiya, atangira kwamagana Menelasi.

34 Nuko Menelasi yihererana Andironiko amuhatira kwica Oniyasi. Andironiko ajya kureba Oniyasi amusezeranya amahoro ariko amuryarya. Ashobora atyo kwemeza Oniyasi kuva mu buhungiro, nubwo yari ataramwizera rwose. Ariko agisohoka Andironiko ahita amutsinda aho, atitaye na busa ku butabera.

35 Ni yo mpamvu urwo rupfu rw’akarengane rwagiriwe Oniyasi, rwababaje cyane Abayahudi ndetse na benshi mu banyamahanga, bituma bivumbagatanya.

Umwicanyi aryozwa ubugome bwe

36 Umwami Antiyokusi atahutse avuye muri Silisiya, Abayahudi batuye mu mujyi wa Antiyokiya n’Abagereki bari bafatanyije kwanga ako karengane, baza kumubaza iby’urupfu rwa Oniyasi runyuranyije n’Amategeko.

37 Antiyokusi agira agahinda, arababara cyane maze asesa amarira yibutse ubwitonzi n’imico myiza bya nyakwigendera.

38 Nuko ararakara cyane, ategeka ko bambura Andironiko igishura cy’umuhemba no kumushwanyurizaho imyambaro, no kumuzererana umujyi wose kugeza aho yiciye Oniyasi urw’agashinyaguro. Nuko wa mwicanyi na we yicirwa aho, bityo Nyagasani amuha igihano akwiriye.

Urupfu rwa Lisimaki umuvandimwe wa Menelasi

39 Muri icyo gihe, Lisimaki yari yaribye ibikoresho byinshi mu Ngoro y’i Yeruzalemu, abyumvikanyeho n’umuvandimwe we Menelasi. Koko rero ibikoresho byinshi by’izahabu byari byarakwirakwijwe hose. Iyo nkuru isakara mu mujyi, maze abaturage bahagurukira icyarimwe kugira ngo barwanye Lisimaki.

40 Lisimaki abonye abo bantu benshi bamuhagurukiye barakaye cyane, aha intwaro abantu bagera ku bihumbi bitatu kugira ngo bahagarike iyo myivumbagatanyo bakoresheje urugomo. Abo bantu bari bayobowe n’uwitwa Oranosi, akaba umugabo usheshe akanguhe kandi umeze nk’umusazi.

41 Abantu bari mu rugo rw’Ingoro babonye ko Lisimaki abateye, bamwe bafata amabuye abandi bafata amahiri, ndetse abandi bayora ivu ry’ibitambo, maze byose babiterera icyarimwe Lisimaki n’abantu be.

42 Nuko bakomeretsa benshi mu bari babateye ndetse bamwe barapfa, abasigaye barahunga. Naho Lisimaki wa mujura w’ibintu byeguriwe Imana, bamwicira hafi y’ububiko bw’Ingoro.

Menelasi atanga ruswa agatsinda

43 Nuko na Menelasi atangira gushinjwa kubera ibyabaye.

44 Igihe umwami yari yaje i Tiri, abantu batatu boherejwe n’inama nkuru bamuregera urukiko.

45 Menelasi abonye ko ari buze gutsindwa, asezeranya Putolemeyi mwene Dorimene kuzamuha ifeza nyinshi, kugira ngo amuhakirwe ku mwami.

46 Nuko Putolemeyi ajyana umwami munsi y’ibaraza nk’abagiye gufata amafu, amuhindura ibitekerezo.

47 Menelasi wari wakoze ayo mahano yose, umwami amusezerera abaye umwere w’ibyo aregwa, naho ba banyabyago bajyaga no kugirirwa imbabazi n’urukiko rw’Abasiti,bacirwa urwo gupfa.

48 Abari bahagurukiye kurengera umujyi, n’abaturage n’ibikoresho byeguriwe Imana, baba ari bo bahanwa kuri ubwo buryo bw’akarengane.

49 Icyakora Abanyatiri babibonye na bo bababazwa n’ubwo bugiranabi bugeze aho, bituma babahambana umutima mwiza.

50 Naho Menelasi abikesheje irari ry’abakomeye, akomeza ubutegetsi bwe, agumya gukuza ubugome no kuba umwanzi gica wa bene wabo.

Categories
2 Abamakabe

2 Abamakabe 5

Ibimenyetso by’intambara

1 Muri icyo gihe Antiyokusi Epifani yitegura kongera gutera mu Misiri.

2 Nuko mu minsi igera nko kuri mirongo ine, haboneka ibimenyetso mu kirere cy’umujyi wa Yeruzalemu, byasaga n’ibitero by’ingabo zirwanira ku mafarasi zambaye imyambaro itatsweho izahabu, hamwe n’izindi ngabo zigenza amaguru zitwaje amacumu.

3 Babonaga abantu bakuye inkota mu rwubati n’imitwe y’ingabo zirwanira ku mafarasi ziteguye urugamba, n’ibitero byasakiranye. Babonaga kandi ingabo zikocagurana, n’amacumu atabarika n’imyambi igurukira mu kirere, ndetse n’imyambaro y’ibyuma y’amoko yose irabagiranaho izahabu.

4 Abantu bose baratakambaga kugira ngo ibyo babonye bibabere bihire.

Amaherezo ya Menelasi na Yasoni

5 Bukeye impuha zivuga ko Antiyokusi yapfuye zisakara hose. Nuko Yasoni afata abantu barenga igihumbi, ajya gutera umujyi wa Yeruzalemu awutunguye. Abarwaniraga ku nkuta basubizwa inyuma maze umujyi urafatwa, Menelasi ahungira mu kigo ntamenwa cyari hafi y’Ingoro.

6 Yasoni yica bene wabo nta mbabazi. Ntiyiyumvishaga ko gutsinda abo basangiye ubwoko ari ikibi gikabije. Yibwiraga ko atsinda abanzi kandi ari bene wabo.

7 Icyakora Yasoni ntiyashoboye gufata ubutegetsi nk’uko yabyifuzaga, ahubwo icyo gikorwa cy’ubugambanyi kimutera ikimwaro, bituma yongera guhungira muri Amanitidi.

8 Imibereho ye y’ubwicanyi yarangiye ku buryo buteye agahinda, yabanje gufungwa na Areta umwami wa Arabiya, hanyuma akajya ahunga ava mu mujyi ajya mu wundi, aho ageze hose bakamwamagana. Abantu baramwangaga kandi bakamusuzugura bitewe n’uko yarwanyije Amategeko kandi akaba yarigize umwicanyi ruharwa w’abavandimwe be mu gihugu cyose. Ibyo ni byo byatumye yirukanwa agacirwa mu Misiri.

9 Avuye mu Misiri ajya mu Bugereki kuko yari yiringiye kubona ubuhungiro mu Banyasiparita, bitewe n’isano bari bafitanye n’Abayahudi. Nuko uwo muntu wari waramenesheje abantu benshi mu gihugu cyabo, na we ubwe agwa ishyanga.

10 Yasoni wari warararitse intumbi zitabarika ku gasi zikabura gihamba, ntihagira umuntu n’umwe umuririra, habura n’abamuherekeza kandi ntiyashyingurwa mu mva ya ba sekuruza.

Antiyokusi Epifani asahura Ingoro y’i Yeruzalemu

11 Umwami Antiyokusi amaze kumenya ibyabaye i Yeruzalemu, yibwiye ko u Buyuda bwose bwivumbagatanyije. Nuko ava mu Misiri afite ubukana nk’ubw’igikōko, maze we n’ingabo ze bigarurira uwo mujyi.

12 Hanyuma ategeka abasirikari be kwica nta mbabazi abo bahura bose, no gusogota abahungira mu mazu.

13 Nuko bica abasore n’abasaza, batsemba abagore n’abana, basogota inkumi n’ibitambambuga.

14 Mu minsi itatu gusa Yeruzalemu yari imaze gutakaza abantu ibihumbi mirongo inani, abantu ibihumbi mirongo ine baguye mu mirwano, abandi nk’abo bagurishwa nk’inkoreragahato.

15 Ariko Antiyokusi ntiyanyurwa, ahubwo yubahuka no kwinjira mu Ngoro nziranenge kuruta izindi zose zo ku isi yinjijwemo na Menelasi, wa wundi wari waragambaniye Amategeko y’Imana n’igihugu cyamubyaye.

16 Yatinyutse kandi gufatisha ibiganza bye bihumanye ibikoresho byeguriwe Imana, afata n’amaturo abandi bami bari barashyize muri iyo Ngoro, kugira ngo bayiheshe icyubahiro kandi irusheho kuba nziza.

17 Antiyokusi yarirase bikabije, ntiyazirikana ko Nyagasani yarakaye by’igihe gito kubera ibyaha by’abatuye umujyi, akareka kurinda Ingoro.

18 Icyakora abatuye umujyi wa Yeruzalemu iyo baba bataracumuye bikabije, Antiyokusi yari guhita ahanwa akihagera maze imikorere ye y’ubusazi ikaburiramo, kimwe na Heliyodori wa wundi Umwami Selewukusi yari yohereje kubarura umutungo w’Ingoro.

19 Ariko rero Nyagasani ntiyatoranyije abantu be kubera Ingoro, ahubwo yatoranyije Ingoro kubera abantu be.

20 Ni cyo cyatumye Ingoro ubwayo isangira amakuba n’abantu, ariko hanyuma ikazasangira na bo ibyiza bazahabwa. Imana Nyirububasha mu burakari bwayo yatereranye Ingoro, ariko Umugenga wa byose amaze kwiyunga n’abantu be, Ingoro na yo yasubiranye ikuzo ryayo ryose.

Ubundi bwicanyi bwakorewe i Yeruzalemu

21 Antiyokusi asahura mu Ngoro ifeza zifite agaciro kangana n’ibiro ibihumbi mirongo ine n’umunani, hanyuma yihutira gusubira Antiyokiya. Yari afite ubwirasi bwinshi kandi akiyemera cyane, ku buryo yibwiraga ko kuri we byose bishoboka. Yumvaga ko yagendesha amato hejuru y’ubutaka, cyangwa akanyuza ingabo ze mu nyanja zigenza amaguru.

22 Ariko asiga ashyizeho abantu bashinzwe kugirira nabi Abayahudi, i Yeruzalemu ahasiga Filipo w’Umunyafurujiya, akagira n’ubugome buruta ubwa Antiyokusi ubwe,

23 naho ku musozi wa Gerizimu ahasiga Andironiko. Uretse abo bombi, hari na Menelasi wakandamizaga bene wabo b’Abayahudi, abigiranye ubugome buruta ubwa bagenzi be.

Koko rero Antiyokusi yangaga urunuka Abayahudi,

24 bituma yohereza i Yeruzalemu Apoloniyo umutware w’abacancuro b’i Misiya, bari kumwe n’igitero cy’ingabo zigera ku bihumbi makumyabiri na bibiri. Nuko abategeka kwica abagabo bose bo muri uwo mujyi, naho abagore n’abana bakagurishwa nk’inkoreragahato.

25 Apoloniyo yageze i Yeruzalemu abanza kwigira umuntu w’umunyamahoro. Yategereje kugera ku isabato, umunsi weguriwe Imana ku Bayahudi. Nuko ahengera Abayahudi baruhutse, ategeka ingabo ze gufata intwaro no kugota umujyi ku mirongo nk’abari mu myiyereko.

26 Apoloniyo ahita atanga itegeko ryo kwica abantu bose basohotse baje kubareba. Nuko we n’ingabo ze bihutira kwinjira mu mujyi, atsemba abantu batagira ingano.

27 Icyakora Yuda wahimbwe Makabe n’abantu bagera ku icyenda bari kumwe na we, bahungira mu butayu.Nuko we na bagenzi be biberaho nk’inyamaswa zo mu ishyamba, bitungirwa n’ibyatsi kugira ngo badahumana.

Categories
2 Abamakabe

2 Abamakabe 6

Ihumanywa ry’Ingoro n’itotezwa ry’Abayahudi

1 Hashize igihe gito, umwami yohereza umukuru w’umujyi wa Atene i Yeruzalemu. Yagombaga guhatira Abayahudi kureka imigenzo ya ba sekuruza, no kudakurikiza Amategeko y’Imana.

2 Yari afite kandi inshingano yo guhumanya Ingoro y’i Yeruzalemu, akayegurira ikigirwamana Zewusicya Olimpiya. Naho Ingoro yo ku musozi wa Gerizimu ikegurirwa ikigirwamana Zewusi umurinzi w’abagenzi, nk’uko abaturage b’ako karere bari babisabye.

3 Ibyo bikorwa bibi byabaye bigitangira, bibabaza abaturage bose ku buryo burenze urugero, ntibashobora kubyihanganira.

4 Koko rero abanyamahanga bujuje mu Ngoro ibiterashozi n’isindwe, bayishimishirizagamo hamwe n’abagore b’indaya. Basambaniraga mu bibuga byeguriwe Imana kandi bakazana mu Ngoro ibintu bizira.

5 Urutambiro rwari rwuzuyeho ibitambo byahumanye, byari binyuranyije n’Amategeko y’Imana.

6 Ntibari bemerewe kubahiriza isabato no kwizihiza iminsi mikuru ya ba sekuruza, cyangwa ngo hagire uhamya ku mugaragaro ko uri Umuyahudi.

7 Buri kwezi ku munsi w’isabukuru y’ivuka ry’umwami, bajyanwaga ku gahato kurya inyama z’igitambo. Byongeye kandi no ku munsi mukuru w’ikigirwamana Diyoniziyo,bahatirwaga gutamiriza imyishywa no kujyana n’abandi kubahiriza icyo kigirwamana.

8 Bisabwe n’abaturage b’i Putolemayida, hashyirwaho itegekoteka rivuga ko imijyi y’Abagereki iri mu karere kegereye u Buyuda, bagomba kugenzereza batyo Abayahudi bahatuye bakabahatira no kurya inyama z’ibitambo.

9 Hashyirwaho kandi itegeko ryo kwica umuntu wese utazemera gukurikiza imigenzo y’Abagereki. Kuva ubwo bagombaga kwitegura amakuba agiye kubagwirira.

10 Ibyo byatumye abagore babiri bashyikirizwa ubucamanza, bashinjwa ko bakebesheje abana babo. Bazererana abo bagore mu mujyi wose imbere ya rubanda, impinja zabo zibaziritse ku gituza mbere y’uko bahananturwa hejuru y’inkuta.

11 Abandi Bayahudi bari bateraniye mu buvumo bwari hafi y’i Yeruzalemu kugira ngo bizihize rwihishwa umunsi w’isabato. Nuko babaregera Filipo maze babatwikira hamwe ari bazima. Birinze kwirwanaho kubera icyubahiro bari bafitiye uwo munsi weguriwe Imana.

Itotezwa ni ikimenyetso cy’urukundo rw’Imana

12 Ndasaba nkomeje abasomyi b’iki gitabo ko batagomba gucibwa intege n’amakuba nk’aya. Ahubwo bagomba kumenya ko uko gutotezwa kugamije kwigisha ubwoko bwacu aho kubutsemba.

13 Koko rero Imana igaragariza abantu bayigometseho ikimenyetso cy’urukundo rukomeye ikabahana bidatinze, aho gutuma babaho igihe kirekire.

14 Kugira ngo Nyagasani ahane andi mahanga, ategereza yihanganye kugira ngo ibyaha byabo bibanze bigwire, nyamara twebwe si uko yashatse kutugenzereza.

15 Nyagasani ntiyemera ko dukomeza gukora ibyaha birenze urugero, kugira ngo azabone kuduhana.

16 Ni yo mpamvu atatuvanaho imbabazi ze, ateza abantu bayo ibigeragezo kugira ngo abigishe, ibyo bikagaragaza ko atabatererana.

17 Nifuzaga gusa kubibutsa uko kuri, nyuma y’ibyo reka twigarukire ku nkuru yacu.

Eleyazari ahōrwa ukwemera kwe

18 Mu bigishamategeko b’ingenzi hari uwitwaga Eleyazari. Yari umuntu usheshe akanguhe akagira n’uburanga. Bamuhatira kurya inyama z’ingurubebazimutamika ku mbaraga.

19 Ariko Eleyazari yahisemo gupfana ishema aho kubaho afite ikimwaro. Acira iyo nyama maze ku bushake bwe yijyana aho yagombaga kubabarizwa.

20 Yerekanye uko buri wese yakwifata mu bintu nk’ibyo, umuntu yakwemera no guhara ubuzima bwe aho kurya ibyokurya bitemewe n’Amategeko.

21 Nuko abari bashinzwe gutegura ibyo byokurya bitemewe n’Amategeko, bajyana Eleyazari ahiherereye kuko bari baziranye kuva kera. Nuko bamugira inama yo gutumiza inyama zitazira kandi akazitekera ubwe, hanyuma akazirya nk’aho ari iz’icyo gitambo nk’uko umwami yabitegetse.

22 Iyo abigenza atyo yari kuba arokotse urupfu, na bo bakaba bamugiriye neza kubera ubucuti bari bafitanye na we kuva kera.

23 Icyakora Eleyazari afata icyemezo cya kigabo, gikwiranye n’igihe yari agezemo n’icyubahiro akesha ubukambwe bwe n’imvi zaziye mu muruho, kiberanye kandi n’imigenzereze iboneye yagaragaje kuva akiri muto. Ariko icyo cyemezo cyari gihuje cyane cyane n’icyizuzo cye cyo kudahemuka ku Mategeko y’Imana. Ni yo mpamvu yasabye ko bamwica bidatinze.

24 Eleyazari yungamo ati: “Umugabo ungana nanjye ntakwiriye kuryarya. Bitabaye ibyo benshi mu rubyiruko bazemera ko umukambwe ufite imyaka mirongo cyenda, yakiriye imigenzo y’abanyamahanga.

25 Niba kandi mpisemo uburyarya kugira ngo mbeho igihe gito, bazayoba kubera ikosa ryanjye. Byongeye kandi nzaba nikurururiye ikimwaro, kizatesha agaciro ubukambwe bwanjye.

26 Nubwo muri iki gihe nakwirinda igihano cy’abantu, naba ndiho cyangwa narapfuye, sinarokoka urubanza rw’Imana Nyirububasha.

27 Ni yo mpamvu kuva ubu niteguye gupfa kigabo, nerekana imyifatire ikwiye umuntu wo mu kigero cyanjye.

28 Bityo nzaba nsigiye urubyiruko urugero rwiza, ruzabigisha uko umuntu akwiriye gutanga ubuzima bwe adatinya kandi mu cyubahiro, abigiriye Amategeko maziranenge kandi yubahwa.”

Amaze kuvuga ibyo, yiyemeza kujya aho yagombaga gukubitirwa.

29 Abari bamushoreye bahindura imyifatire: ineza bari bamugaragarije mbere ihinduka inabi. Koko rero ayo magambo yari amaze kuvuga bayafashe nk’ay’umusazi.

30 Igihe yakubitwaga yenda gupfa aganya avuga ati: “Nyagasani azi byose uko biri, azi ko nari nshoboye kurokoka uru rupfu, none ariko ubu ndababara bikabije kubera inkoni, nyamara umutima wanjye urabyihanganira mu byishimo kubera igitinyiro mufitiye.”

31 Nguko uko Eleyazari yapfuye. Ariko urupfu rwe rwasize urugero rw’ubutwari bukomeye n’urwibutso rw’imigenzo myiza, atari ku rubyiruko rwonyine, ndetse no ku Bayahudi bose.

Categories
2 Abamakabe

2 Abamakabe 7

Abavandimwe barindwi na nyina bahōrwa ukwemera

1 Ikindi gihe bafata abavandimwe barindwi hamwe na nyina. Umwami yifuzaga ko bahatirwa kurya inyama z’ingurube zabuzwaga n’Amategeko y’Imana, bityo babakubitisha imikwege n’imirya y’ibimasa.

2 Nuko umwe muri bo mu izina rya bose abwira umwami ati: “Mbese ni iki wifuza kumenya cyangwa kunguka, bituma utubabaza bene aka kageni? Menya ko twiteguye gupfa, aho kurenga ku mabwiriza ya ba sogokuruza.”

3 Umwami biramurakaza cyane, ategeka ko bacanira ibikarayi n’ingunguru.

4 Ibyo bimaze gutukura ategeka ko baca ururimi rw’umwe wari wavugiye abandi, bakamwūnaho uruhu rwo ku mutwe, bakamuca ibirenge n’ibiganza abavandimwe be na nyina babireba.

5 Bamaze kumwica urw’agashinyaguro, umwami ategeka ko bamushyira ku muriro bakamukaranga ku gikarayi agihumeka. Uko umwotsi wacucumukaga mu mpande zose z’icyo gikarayi, ni ko abandi bavandimwe be hamwe na nyina bakomezaga guhumurizanya kugira ngo bapfe gitwari. Baravugaga bati:

6 “Nyagasani Imana yacu aratureba kandi mu by’ukuri ntiyirengagiza amakuba turimo. Koko rero Musa yabivuze mu ndirimbo aho ashinja ubwoko bwe agira ati: ‘Uhoraho azagirira impuhwe abagaragu be.’ ”

7 Uwa mbere muri abo bavandimwe amaze gupfa bene ako kageni, bazana uwa kabiri kugira ngo na we yicwe urw’agashinyaguro. Bamaze kumwūnaho uruhu rwo ku mutwe n’imisatsi baramubaza bati: “Mbese ushobora kurya inyama z’ingurube batagombye kugucagagura?”

8 Ariko we abasubiza mu rurimi rwa ba sekuruza ati: “Oya.” Ni yo mpamvu yatumye na we bamwica urubozo nk’uwa mbere.

9 Igihe yari agiye gupfa abwira umwami ati: “Wa mugome we! Uratwambura ubu buzima, ariko Umwami w’isi azatuzuratubeho mu buzima buhoraho, kuko dupfuye duhowe kubaha Amategeko ye.”

10 Nyuma y’uwo batangira kubabaza uwa gatatu. Bamutegeka kuzana ururimi ahita abikora, kandi arambura amaboko nta mususu.

11 Nuko avugana ubutwari ati: “Iyi myanya y’umubiri nyikesha Imana, ariko nemeye kuyitanga kubera ishyaka ndwanira Amategeko yayo kandi ndizera ko izayinsubiza.”

12 Umwami ubwe n’abari kumwe na we batangazwa n’ubutwari bw’uwo musore, utari witaye ku bubabare bwe.

13 Uwo nguwo amaze gupfa, uwa kane na we bamubabaza kuri ubwo buryo.

14 Igihe yari agiye gupfa abwira umwami ati: “Nta cyiza cyaruta kugira ukwizera igihe ugiye kwicwa n’abantu! Koko rero Imana yadusezeranyije kuzatuzūra, ariko wowe ntuteze kuzuka.”

15 Ako kanya bazana n’uwa gatanu na we baramubabaza.

16 Uwo na we atumbira umwami aramubwira ati: “Koko ufite ububasha bwo gukora icyo ushaka mu bantu nubwo nawe uzapfa. Nyamara ntiwibwire ko Imana yatereranye ubwoko bwacu.

17 Wowe rero ihangane utegereze, uzabona ububasha bwayo bukomeye, igihe izaguhana wowe n’abagukomokaho.”

18 Nyuma y’uwo bazana n’uwa gatandatu. Igihe yari agiye gupfa abwira umwami ati: “Ntiwibeshye! Koko rero ubu bubabare bwose ni twebwe twabwiteye kuko twacumuye ku Mana yacu. Ni cyo gitumye tugwiririwe n’aya makuba akomeye.

19 Nyamara nawe ntiwibwire ko utazahanwa, wowe wubahutse kurwanya Imana.”

20 Ariko nyina ubabyara aba igitangaza rwose akaba akwiriye guhora yibukwa, we wabonye abahungu be barindwi bicirwa umunsi umwe, nyamara akiyumanganya gitwari kuko yari yiringiye Nyagasani.

21 Uwo mubyeyi wari ufite urukundo ruvanze n’ubutwari bukomeye, yashishikazaga mu rurimi rwa ba sekuruza buri wese mu bahungu be kugira ubutwari. Yarababwiraga ati:

22 “Uko nabasamye sinkuzi, si jye wabagabiye umwuka n’ubugingo, si nanjye washyize ingingo za buri wese mu myanya yazo.

23 Umuremyi w’isi ni we nkomoko y’ibintu byose, ni we urema abantu kuva bagisamwa. Nuko rero azabagirira impuhwe abasubize umwuka n’ubugingo, kuko ubu mwitanze mukaba indahemuka ku Mategeko ye.”

24 Umwami Antiyokusi yumvise amagambo y’uwo mubyeyi yibwira ko amusuzuguye ndetse akaba amututse.Nuko ahendahenda umuhererezi wari ukiri muzima, ndetse amusezeranya mu ndahiro ko azamukungahaza akagubwa neza, akabarwa mu ncuti z’umwami kandi akamushinga imirimo ikomeye aramutse aretse imigenzo ya ba sekuruza.

25 Ariko uwo musore ntiyita ku byo umwami amubwiye. Nuko Antiyokusi yiyegereza nyina w’umwana, amusaba kugira inama umuhungu we kugira ngo arengere ubuzima bwe.

26 Umwami amaze kumwinginga igihe kirekire, yemera kugira umuhungu we inama.

27 Nuko nyina aramwegera ari na ko ajijisha uwo mugome, abwira umuhungu we mu rurimi rwa ba sekuruza ati: “Mwana wanjye umbabarire, uzirikane ko nagutwaye mu nda amezi icyenda yose kandi nkakonsa imyaka itatu. Nakwitayeho ndakugaburira kandi ndakurera kugeza ubu.

28 Ndakwinginze mwana wanjye, itegereze ijuru n’isi urebe ibihari byose, wibuke ko Imana yaremye ibyo byose ibikuye mu busa, ndetse n’abantu akaba ari uko baremwe.

29 Witinya uyu mwicanyi, ahubwo emera upfane ubutwari nk’abavandimwe bawe. Bityo igihe cy’imbabazi z’Imana nikigera, nzongere kukubona hamwe n’abavandimwe bawe.”

30 Nyina akimara kuvuga, uwo musore atera hejuru ati: “Mbese mutegereje iki? Sinteze kumvira amabwiriza y’umwami, ahubwo numvira Amategeko y’Imana ba sogokuruza bahawe na Musa.

31 Naho wowe Mwami Antiyokusi, wowe wazanye amakuba yose yagwiririye ubwoko bwacu, ntuzarokoka igihano cy’Imana.

32 Koko rero ubu turababara kubera ko twacumuye.

33 Nyagasani Imana nzima yaraturakariye by’igihe gito, kugira ngo adukosore kandi atwigishe. Nyamara azongera yiyunge natwe abagaragu be.

34 Naho wowe utubaha Imana ukaba n’umwicanyi kurusha abantu bose, ntiwishyire hejuru. Wowe wica abana b’Imana, ntiwibeshye ngo hari icyiza utegereje.

35 Koko rero ntiwari wahonoka urubanza rw’Imana Nyirububasha kandi ikabona byose.

36 Abavandimwe bacu bamaze kubabazwa by’igihe gito, bishwe bazira kudahemuka ku Isezerano ry’Imana, none bari mu bugingo buhoraho. Naho wowe Imana izagucira urubanza, iguhe igihano gikwiranye n’ubwirasi bwawe.

37 Jyewe ntanze umubiri wanjye n’ubugingo bwanjye, kubera ishyaka ndwanira Amategeko yahawe ba sogokuruza kimwe n’abavandimwe banjye. Ariko ndatakambira Imana kugira ngo igirire imbabazi ubwoko bwacu, naho wowe ngo iguteze amakuba n’ibyorezo, kugira ngo nawe umenye ko ari yo Mana yonyine.

38 Iyaba byashobokaga ngo jyewe n’abavandimwe banjye, tube aba nyuma bababajwe n’uburakari Nyirububasha yarakariye ubwoko bwacu.”

39 Umwami arakazwa cyane n’ayo magambo amusebya, maze yica uwo muhungu urw’agashinyaguro ku buryo butambutse ubw’abavandimwe be.

40 Nuko uwo musore apfa atihumanyije, afite ukwizera gushyitse muri Nyagasani.

41 Hanyuma na nyina baramwica aheruka abahungu be.

42 Reka duhinire aha, ndabona ibyo twavuze bihagije ku byerekeye kurya inyama z’ibitambo bibujijwe, n’urupfu rw’agashinyaguro rwagiriwe Abayahudi.

Categories
2 Abamakabe

2 Abamakabe 8

Yuda Makabe atangira imyivumbagatanyo

1 Yuda wahimbwe Makabe na bagenzi be bavaga rwihishwa mu rusisiro bakajya mu rundi, bagahamagara bene wabo kugira ngo babakurikire. Biyegerezaga abasigaye ari indahemuka ku migenzo ya kiyahudi, bakoranya abantu bagera ku bihumbi bitandatu.

2 Batakambiraga Nyagasani kugira ngo yibuke ubwoko bwe bwari bwibasiwe n’abantu bose, kandi ngo agirire impuhwe Ingoro yahumanyijwe n’abantu batubaha Imana.

3 Bamusabaga kugiririra impuhwe umujyi wari ugiye gusenywa ugatsembwa. Bamusabaga kandi kumva amaraso yamennwe amutabariza guhōra,

4 no kutibagirwa urupfu rw’abana b’inzirakarengane kandi agahōra abamutukaga. Bityo Imana izaba igaragaje uko yanga ikibi.

5 Yuda amaze gushyiraho umutwe w’ingabo abanyamahanga ntibaba bagishoboye kugira icyo bamutwara, kuko uburakari Nyagasani yari afitiye ubwoko bwe bwari bubaviriyemo imbabazi.

6 Yuda yateye imijyi n’insisiro abitunguye arabitwika, yigarurira ibirindiro by’ingenzi, ibyo bituma abanzi benshi bahunga.

7 Ibitero nk’ibyo yahitagamo kubigaba cyane cyane nijoro yitwikiriye umwijima, bityo ubutwari bwe bwamamara hose.

Putolemeyi yohereza Nikanori gutera Yuda

8 Filipoabonye ko uwo mugabo agenda arushaho gukomera no gutsinda, yandikira Putolemeyi wategekaga ibihugu bikomatanyije by’iburengerazuba bwa Efurati na Fenisiya, amusaba kuza kurwana ku nyungu z’umwami.

9 Putolemeyi ahita atoranya Nikanori mwene Patorokeli wabarirwaga mu ncuti z’umwami z’imena, amwohereza agabye igitero cy’ingabo zigera ku bihumbi makumyabiri zikomoka mu bihugu bitandukanye, kugira ngo batsembe ubwoko bwose bw’Abayahudi. Ategeka na Gorigiya wari usanzwe ari umugaba w’ingabo, kandi akaba yari azobereye mu byerekeye intambara, kugira ngo bajyane.

10 Umwami Antiyokusi yagombaga kwishyura Abanyaroma umusoro, ungana n’ibiro ibihumbi mirongo itanu na bine by’ifeza. Nikanori we yari afite umugambi wo kuzishyura uwo mwenda wose, ari uko agurishije imfungwa z’Abayahudi nk’inkoreragahato.

11 Aherako atuma ku batuye mu mijyi ikikije inyanja, atumira abacuruzi kugira ngo baze kugura inkoreragahato z’Abayahudi, abasezeranya kuzajya abaha inkoreragahato mirongo cyenda ku biro makumyabiri na birindwi by’ifeza. Nyamara ntiyazirikana igihano gikomeye Imana Nyirububasha yamuteganyirije.

Yuda amenya imigambi ya Nikanori

12 Yuda amenya ko Nikanori aje. Amaze kumenyesha bagenzi be ko igitero cy’umwanzi kiri bugufi,

13 abanyabwoba n’abatiringira ubutabera bw’Imana bahungira kure.

14 Naho abandi bagurisha ibyo bari basigaranye, batakambira Nyagasani ngo arengere abo uwo mugome Nikanori yari yamaze kugurisha mbere y’uko ashoza intambara.

15 Nubwo Nyagasani atabakiza kubera ko abakunda, baramutakambiraga ngo abigirire byibuze ubudahemuka afitiye amasezerano yagiranye na ba sekuruza, kubera ko Nyagasani ari we Mana nziranenge kandi yuje ikuzo, yabahamagariye kuba ubwoko bwe.

16 Yuda Makabe akoranya abantu be bagera ku bihumbi bitandatu, abagira inama yo kudaterwa ubwoba n’abanzi, no kudatinya ubwinshi bw’icyo gitero cy’abanyamahanga babateye babarenganya. Bagombaga kurwana kigabo,

17 bagahora bibuka amarorerwa abo banzi bakoreye Ingoro, n’igikorwa kigayitse bagiriye Yeruzalemu, n’uburyo bavanyeho imigenzo y’Abayahudi.

18 Yuda yungamo ati: “Abo bantu bishingikirije ku ntwaro zabo n’ubutwari bwabo, naho twebwe dufitiye icyizere Imana Nyirububasha, kuko yo mu kanya nk’ako guhumbya yatsemba abaje kudutera ndetse n’isi yose.”

19 Nuko Yuda abibutsa ibihe byose Imana yagobotse ba sekuruza, abaha urugero rwo mu gihe cya Senakeribu, aho yatikije abanzi ijana na mirongo inani na batanu.

20 Yongeye kubibutsa iby’intambara barwanye n’Abanyagalatibo muri Babiloniya, ubwo Abayahudi ibihumbi umunani bafatanyije n’Abanyamasedoniya ibihumbi bine barwanyije abantu ibihumbi ijana na makumyabiri. Abanyamasedoniya bamaze kugira ingorane, Abayahudi ibihumbi umunani babasha gutsinda burundu kubera ko Imana yabagobotse, bityo bahakura iminyago itagira ingano.

Yuda atsinda Nikanori

21 Ayo magambo ya Yuda atera ubutwari ingabo ze. Azumvisha ko zigomba kwitegura gupfira Amategeko y’Imana n’igihugu cyazo. Nuko azigabanyamo imitwe ine,

22 buri mutwe ugizwe n’ingabo igihumbi na magana atanu. Ubuyobozi bw’iyo mitwe abushinga abavandimwe be ari bo Simoni na Yozefu na Yonatani, ndetse na we ubwe.

23 Yuda amaze gusaba Eleyazari gusoma igitabo cy’Amategeko, ategeka ingabo ze kugenda zivuga ziti: “Imana izadutabara.” Aherako ayobora itsinda rya mbere atera Nikanori.

24 Imana Nyirububasha yarwaniraga Abayahudi bituma bashobora kwica abanzi barenga ibihumbi icyenda, bakomeretsa kandi batemagura abantu benshi mu ngabo za Nikanori, abasigaye bose barahunga.

25 Bafata ifeza z’abari baje kubagura nk’inkoreragahato, naho abahungaga barabakurikirana babageza kure, ariko hanyuma barahindukira kuko umunsi wari uciye ikibu.

26 Koko rero isabato yari igiye gutangira, bituma badashobora gukomeza kubakurikirana.

27 Bamaze kurundarunda intwaro z’abanzi no gucuza imirambo batangira kwizihiza isabato. Nuko basingiza Nyagasani kandi bamushimira ko uwo munsi yabakijije, akaba yatangiye kubagaragariza impuhwe ze.

28 Isabato irangiye bafata igice kimwe cy’iminyago bakigabanya abari basizwe iheru heru n’itotezwa, kimwe n’abapfakazi n’impfubyi, hanyuma bo n’abana babo bagabana ibisigaye.

29 Ibyo birangiye bose bakoranira hamwe batakambira Nyagasani bashingiye ku neza ye ihebuje, bamusaba ngo ababarire abagaragu be burundu.

Yuda atsinda Timoteyo na Bakidesi

30 Ibyo birangiye Yuda n’ingabo ze barwana n’ibitero bya Timoteyo na Bakidesi,bica mu ngabo z’abanzi abantu barenga ibihumbi makumyabiri, kandi babasha kwigarurira ibigo ntamenwa bikomeye. Iminyago itagira ingano bahakuye bayigabanyamo ibice bibiri bingana, igice kimwe kiba icyabo, ikindi gihabwa abasizwe iheru heru n’itotezwa, n’impfubyi n’abapfakazi ndetse batirengagije n’abasaza.

31 Bamaze kurundarunda bitonze intwaro z’abanzi bazibika ahantu habigenewe, naho ibindi basahuye bisigaye babijyana i Yeruzalemu.

32 Nuko bica umugaba w’ingabo zarwaniraga Timoteyo. Uwo mugabo yari umugome bikabije, wari warateje ibyago byinshi Abayahudi.

33 Igihe bizihizaga ibirori by’insinzi i Yeruzalemu, batwitse babona abari baratwitse inzugi z’Ingoro y’Imana. Batwitse na Kalisiteni wari wahungiye mu kazu gatoya, bityo na we abona igihano gikwiranye n’ibikorwa bye bigayitse.

Nikanori ahungira Antiyokiya

34 Nikanori wa mugome gica, umwe wari wazanye abacuruzi igihumbi kugira ngo bagure Abayahudi,

35 atsindwa n’abo yasuzuguraga babifashijwemo na Nyagasani. Yiyambuye umwambaro we w’icyubahiro, ahungira mu bisambu wenyine ameze nk’inkoreragahato icitse. Nguko uko yageze Antiyokiya, ashimishwa byibura n’uko arokotse mu ngabo ze zose zari zatikiye.

36 Uwo mugabo yibwiraga ko azishyura imisoro y’Abanyaroma, agurishije abaturage b’i Yeruzalemu nk’inkoreragahato. None ubu agomba gutangaza ko Abayahudi ari indatsimburwa, ko bari bafite Imana ibarengera kubera ko bakurikizaga Amategeko yabahaye.

Categories
2 Abamakabe

2 Abamakabe 9

Antiyokusi Epifani afatwa n’indwara ikomeye

1 Icyo gihe Antiyokusi yari avuye mu Buperesi atahukanye ikimwaro.

2 Koko rero yari yinjiye mu mujyi wa Peresepoli, agerageza kuwigarurira no gusahura ingoro, ariko abaturage barivumbagatanya maze bafata intwaro. Nuko Antiyokusi amaze kumeneshwa n’abaturage ahunga afite ikimwaro cyinshi.

3 Antiyokusi ageze hafi ya Ekibatana, amenya ibyabaye kuri Nikanori na Timoteyo n’ingabo zabo.

4 Ararakara cyane yiyemeza kwihōrera ku Bayahudi, abitewe na ka gasuzuguro k’Abaperesi bari bamumenesheje. Nuko ategeka uwayoboraga igare rye ry’intambara kugenda adahagarara kugeza urugendo rurangiye. Mu kwiyemera kwe atera hejuru ati: “Ningera i Yeruzalemu, uwo mujyi nzawuhindura irimbi ry’Abayahudi.” Ariko ntiyari azi ko urubanza rw’Imana rumutegereje.

5 Koko rero akimara kuvuga atyo, Nyagasani ubona byose, Imana y’Abisiraheli, amutera indwara itagaragara kandi idakira. Umwami yafashwe n’ububabare bukabije bwo mu nda, bumutera kuribwa ubudatuza mu mara.

6 Antiyokusi yari akwiye kubabazwa atyo, kuko na we yateje abandi imibabaro irenze urugero kandi iteye ubwoba!

7 Ibyo ariko ntibyagabanya ubwirasi bwe, agumana ubwibone bwe bwose. Uburakari yari afitiye Abayahudi burushaho kugurumana, maze ategeka uwari uyoboye rya gare ry’intambara kwihuta cyane. Nuko ako kanya ahanantuka mu igare ryirukaga ribomborana, yitura hasi ku buryo bubabaje maze ingingo ze zose zirashenjagurika.

8 Antiyokusi wirataga mu kanya ko afite imbaraga zirenze iz’abandi bantu, zishobora guhagarika inkubi y’umuyaga mu nyanja, no gupima imisozi miremire ku munzani ubu akumbagaye hasi, none bagombye kumuheka mu ngobyi. Ibyo byabereye bose ikimenyetso cy’ububasha bw’Imana.

9 Uwo mwami w’umugome n’ubwo yari akiri muzima yarababaraga bikabije, umubiri we waratonyokaga kandi inyo zikamujagata mu maso. Umunuko wamuvagamo kubera ko yari amaze kubora, wateraga ishozi ingabo zose.

10 Antiyokusi wibwiraga mu kanya ko yakora ku nyenyeri zo mu kirere, ubu nta n’ushobora kumwegera ngo amuheke kubera uwo munuko utakihanganirwa.

Antiyokusi asezeranira Imana isezerano

11 Antiyokusi yari yashegeshwe cyane kubera igihano cy’Imana, yari afite umubabaro ukabije kandi warushagaho kwiyongera. Nuko atangira kugabanya ubwirasi bwe bwari burengeje urugero, no gusobanukirwa neza uko amerewe.

12 Byageze ubwo na we ubwe atari agishoboye kwihanganira umunuko we maze aravuga ati: “Birakwiye ko umuntu nkanjye ushobora gupfa yakwisunga Imana, aho kwigereranya na yo.”

13 Ariko igihe cyari kimaze kurenga ngo Nyagasani ababarire uwo mwicanyi, nubwo yari amaze kumusezeranya avuga ati:

14 “Nihutiraga kujya i Yeruzalemu umurwa weguriwe Imana, kugira ngo nywutsembe kandi nywuhindure irimbi ry’Abayahudi bose, none ubu ndahamya ko ari umurwa wigenga.

15 Nari niyemeje kujugunyira ibikōko n’ibisiga imirambo y’Abayahudi n’iy’abana babo, kuko nabonaga ko badakwiriye gushyingurwa. None ubu ndashaka ko bagira uburenganzira nk’ubw’Abanyatene.

16 Nari narasahuye Ingoro nziranenge, none ngiye kuyitakisha amaturo meza cyane kandi nsimbure n’ibikoresho byinshi byeguriwe Imana byari byarasahuwe. Naho ibyangombwa byose byerekeye ibitambo, nzabivana mu mutungo wanjye bwite.

17 Byongeye kandi ngiye gukurikiza idini y’Abayahudi, kandi nzenguruke intara zose zituwe namamaza ububasha bw’Imana.”

Ibaruwa Antiyokusi Epifani yandikiye Abayahudi

18 Icyakora ububabare bwa Antiyokusi ntibwigeze bugabanuka na gato, bitewe n’uko urubanza rumukwiye Imana yari yamuciriye rwari rumuremereye. Nuko umwami agera ubwo atagifite icyizere cyo gukira, maze yandikira Abayahudi ibaruwa isa n’ibitwaraho muri aya magambo:

19 “Banyakubahwa Bayahudi dusangiye igihugu, jyewe Antiyokusi umwami n’umugaba w’ingabo ndabaramutsa. Nimugire ubuzima n’ishya n’ihirwe!

20 Niba mumerewe neza mwe n’abana banyu, kandi niba byose bibagendekera uko mubyifuza, ndabishimira Imana cyane kuko ari yo mfitiye icyizere.

21 Mbibutse mfite igishyika ntekereje icyubahiro n’urukundo mwangaragarije.

“Ubwo nagarukaga mvuye mu Buperesi, nararwaye bikomeye none ubu ndarambaraye nta gatege. Ni yo mpamvu nsanga ari ngombwa kwita ku mutekano w’abantu banjye.

22 Simbivugira ko naba nihebye kubera uko merewe, ahubwo nizeye nkomeje ko nzagarura ubuyanja.

23 Ariko ndibuka ko na data iyo yatabaraga mu ntara z’amajyaruguru, yasigaga umusimbura.

24 Yirindaga ko abaturage be bahagarika umutima hagize ikintu kibatunguye, cyangwa baramutse bumvise inkuru mbi. Koko rero buri wese yagombaga kumenya uwo umwami yasigiye ubuyobozi.

25 Byongeye kandi, maze kubona ko abategetsi b’ibihugu by’abaturanyi barekereje ko hari icyambaho. Ni yo mpamvu nashyizeho umuhungu wanjye Antiyokusingo ansimbure. Namweretse benshi muri mwe kandi ndamubashinga, ubwo nabaga ngiye mu ntara zo mu majyaruguru. Dore n’amagambo akubiye mu ibaruwa namwandikiye.

26 Dore icyo mbasabye nkomeje: mujye mwibuka ibyiza nagiriye igihugu cyanyu na buri wese muri mwe by’umwihariko, maze mwese mukomeze mungaragarize urukundo jyewe n’umuhungu wanjye.

27 Nizeye ko azaba indahemuka ku migambi yanjye akabafata neza kandi akabagirira impuhwe, maze mukazabana neza.”

28 Nuko uwo mwicanyi wasuzuguye Imana, apfana ububabare buteye ubwoba nk’uko na we yateje abandi, agwa ku gasi ku buryo bubabaje mu gihugu cy’amahanga.

29 Filipo wari warareranywe n’umwami, azana umurambo we Antiyokiya. Ariko kubera ko yatinyaga umuhungu wa Antiyokusi, ahungira mu Misiri ku mwami Putolemeyi Filometori.

Categories
2 Abamakabe

2 Abamakabe 10

Ihumanurwa ry’Ingoro

1 Yuda Makabe na bagenzi be bayobowe na Nyagasani, bigarurira Ingoro n’umurwa wa Yeruzalemu.

2 Basenya intambiro abanyamahanga bari barubatse ku karubanda, ndetse n’ahandi hantu hasengerwaga ibigirwamana.

3 Bamaze guhumanura Ingoro bubaka n’urundi rutambiro. Hanyuma bakomanya amabuye bayabyaza umuriro, bawucana ku rutambiro maze buba ubwa mbere batambye igitambo kuva mu myaka ibiri. Batwika imibavu bacana n’amatara kandi bamurika imigati yatuwe Imana.

4 Ibyo birangiye bikubita hasi bubamye batakambira Nyagasani, kugira ngo atazongera kubateza ibyago nk’ibyo. Icyakora baramutse bongeye kumucumuraho ajye abahana mu rugero, kandi areke kubagabiza abanyamahanga b’abagome batubaha Imana.

5 Umunsi abanyamahanga bahumanyijeho Ingoro, ni na wo munsi yahumanuweho, ku itariki ya makumyabiri n’eshanu z’ukwezi kwa Kisilevu.

6 Umunsi mukuru bizihije mu byishimo mu minsi umunani, wari nk’iminsi mikuru y’Ingando. Yuda n’abantu be bibukaga ukuntu hari hashize igihe gito bizihirije iminsi mikuru y’Ingando mu misozi, bihishe mu buvumo nk’inyamaswa zo mu ishyamba.

7 Ni cyo cyatumye batamiriza amakamba y’iminzenze, bakitwaza n’amashami meza n’imikindo, batangira kuririmba basingiza Imana yatunganyije ihumanurwa ry’Ingoro yayo.

8 Hashyirwaho itegekoteka ritowe kandi ryemejwe n’abaturage bose, rivuga ko buri mwaka Abayahudi bose bazajya bizihiza uwo munsi mukuru.

Antiyokusi Ewupatori azungura se

9 Uko ni ko Antiyokusi bitaga Epifani yapfuye.

10 Tugiye noneho kuvuga ibyerekeye Antiyokusi Ewupatori, umuhungu w’uwo mwanzi w’Imana, tubabwire muri make amakuba yakuruwe n’intambara ze.

11 Antiyokusi Ewupatori amaze kujya ku ngoma yashyizeho uwitwa Liziya, amugira Minisitiri w’intebe n’umuyobozi w’ikirenga w’ibihugu bikomatanyije by’iburengerazuba bwa Efurati na Fenisiya,

12 mu cyimbo cya Putolemeyi bitaga Makironi. Makironi uwo ni we mutware wa mbere wahaye Abayahudi uburenganzira bwabo, abavana mu karengane barimo. Yagerageje kandi kubana na bo mu mahoro.

13 Ni yo mpamvu incuti z’umwami zaje kumurega kuri Ewupatori zimushinja ubugambanyi. Na mbere hose kandi bahoraga bamwita umugambanyi. Koko rero Umwami Filometori wa Misiri yari yaramushinze kuyobora Shipure, nyamara atererana icyo kirwa maze yigira ku ruhande rwa Antiyokusi Epifani. Nuko kubera ko yari amaze gutakaza agaciro gakwiranye n’icyubahiro cye, yiyahuza uburozi.

Yuda atsinda ibigo ntamenwa byo muri Idumeya

14 Aho Gorigiyaamariye kuba umutware wa Idumeya,yashatse ingabo z’abacancuro maze agahora ashakisha uburyo bwose bwo gutera Abayahudi.

15 Byongeye kandi abatuye Idumeya bari barigaruriye ibigo ntamenwa bikomeye, bakabuza amahoro Abayahudi. Bakiraga iwabo abantu bose birukanywe i Yeruzalemu, bakabafasha gushoza intambara.

16 Yuda na bagenzi be batakambira Imana bayisaba kugira ngo ibarwaneho. Nuko bajya gutera ibigo ntamenwa byo muri Idumeya.

17 Bagaba ibitero bikomeye kuri ibyo bigo, birukana abari barinze inkuta zabyo maze bahashinga ibirindiro. Bica abantu bose bahuye na bo, hagwa abantu bagera ku bihumbi makumyabiri.

18 Ariko abantu bagera ku bihumbi icyenda bashoboye guhungira mu bigo bibiri ntamenwa bikomeye cyane, bafite ibyangombwa byose bizababeshaho igihe bagoswe.

19 Yuda Makabe asiga kuri ibyo bigo ntamenwa Simonina Yozefu hamwe na Zakayo n’abasirikari bahagije kugira ngo bakomeze bahagote, naho we ajya aho yari akenewe.

20 Ariko abasirikari ba Simoni bakundaga amafaranga bemera kugurirwa na bamwe mu bari bagoswe, bakira ibikoroto ibihumbi mirongo irindwi by’ifeza kugira ngo babemerere gucika.

21 Yuda amaze kumenya ibyabaye akoranya abakuru b’ingabo ze, abaregera abo bantu baguranye abavandimwe babo ifeza, bakemera gucikisha abanzi babo.

22 Yuda yicisha abo bagambanyi, ahita yigarurira ibyo bigo ntamenwa byombi.

23 Urwo rugamba aruyoborana ubutwari, ku buryo muri ibyo bigo ntamenwa byombi yahatsinze abantu barenga ibihumbi makumyabiri.

Yuda atsinda Timoteyo akigarurira Gazara

24 Bukeye Timoteyo wari uherutse gutsindwa n’Abayahudi akoranya ingabo nyinshi z’abanyamahanga, n’abanyamafarasi benshi baturutse muri Aziya. Nuko we n’ingabo bajya mu Buyuda barahigarurira.

25 Bari hafi kugerayo Yuda Makabe n’ingabo ze batakambira Imana, biyorera umukungugu mu mutwe kandi bakenyera imyambaro igaragaza akababaro.

26 Nuko bikubita hasi bubamye imbere y’urutambiro batakambira Imana, kugira ngo ibagirire impuhwe ibe umwanzi w’abanzi babo, kandi irwanye ababisha babo nk’uko yabisezeranye mu Mategeko yayo.

27 Bamaze gusenga bafata intwaro zabo, bava i Yeruzalemu bakora urugendo rurerure, bageze hafi y’umwanzi barahagarara.

28 Bukeye izuba rirashe ibitero byombi birasakirana. Abayahudi kugira ngo batsinde bari bizeye ubutwari bwabo, ariko kandi bari bishingikirije cyane cyane kuri Nyagasani kubera icyizere bari bamufitiye. Naho abandi bo bari bashingiye gusa ku burakari bwo kurwana.

29 Urugamba rumaze gukomera, abanzi babona mu kirere haturutse abantu batanu bagendera ku mafarasi barabagirana, amafarasi yabo atamirije imikoba y’izahabu, arangaza imbere y’Abayahudi.

30 Nuko bashyira Yuda hagati ya babiri muri bo, bamukingira intwaro zabo kugira ngo adakomereka. Barasaga abanzi imyambi inyaruka nk’imirabyo, irabahuma bashya ubwoba maze bakwirwa imishwaro.

31 Hapfa abantu ibihumbi makumyabiri na magana atanu bagenza amaguru, na magana atandatu bagendera ku mafarasi.

32 Timoteyo ubwe yabashije guhungira ahantu harinzwe bikomeye, ari cyo kigo ntamenwa cy’i Gezeri cyayoborwaga na Kereyasi.

33 Yuda n’abantu be bagota icyo kigo ntamenwa iminsi ine, bafite ibyiringiro byo gutsinda.

34 Ariko abari bagoswe bari bafitiye icyizere gikomeye umutekano w’aho hantu, ku buryo batahwemye gusuzugura Imana y’Abayahudi no gusukiranya ibitutsi ku babateraga.

35 Ku munsi wa gatanu mu gitondo, abasore makumyabiri bo mu ngabo za Yuda barakajwe cyane n’ibyo bitutsi, burira urukuta bafite ubutwari budasanzwe. Bari bafite ubukana nk’ubw’igikōko, bica uwo bahuye na we wese.

36 Abandi na bo baboneraho bazenguruka ikigo ntamenwa, kugira ngo batere abakirimo baturutse mu rundi ruhande. Nuko batwika iminara maze abatukaga Imana bakongoka babona. Abandi bamenagura inzugi, bituma ingabo zari zisigaye zinjira mu mujyi zihita ziwigarurira.

37 Timoteyoyari yihishe mu kigega cy’amazi, ariko bamubonye bamwicana n’umuvandimwe we Kereyasi na Apolofane.

38 Bamaze kubona iyo ntsinzi, Abayahudi batangira kuririmba basingiza Nyagasani, bamushimira ibyo byiza yagiriye Abisiraheli kandi akabaha no gutsinda.