Categories
1 Samweli

1 Samweli 11

Sawuli atsinda Abamoni

1 Nahashi umwami w’Abamoni agota umujyi wa Yabeshi yo muri Gileyadi. Abantu bose b’i Yabeshi baramubwira bati: “Reka tugirane amasezerano maze tukuyoboke.”

2 Ariko Nahashi arabasubiza ati: “Amasezerano nayagirana namwe ari uko mwese mwemeye ko mbanogoramo amaso y’iburyo, bityo nkaba nkojeje isoni Abisiraheli bose.”

3 Abakuru b’i Yabeshi baramubwira bati: “Duhe iminsi irindwi twohereze intumwa mu gihugu cyose cy’Abisiraheli, nitubura udutabara tuzakuyoboka.”

4 Intumwa zigeze i Gibeya, umujyi Sawuli yari atuyemo zitekerereza rubanda ayo magambo, nuko rubanda rwose rucura imiborogo.

5 Sawuli ahinguye aza ashoreye ibimasa bye, maze arabaza ati: “Habaye iki ko abantu baboroga?” Bamutekerereza ibyo intumwa z’i Yabeshi zavuze.

6 Sawuli abyumvise Mwuka w’Imana amuzaho, ararakara cyane.

7 Afata ibimasa bibiri abicagaguramo ibice, abiha intumwa kugira ngo zibijyane mu gihugu cyose cy’Abisiraheli zivuga ziti: “Umuntu utazatabarana na Sawuli na Samweli, ni ko ibimasa bye bizagenzwa!”

8 Sawuli akoranyiriza i Bezeki Abisiraheliibihumbi magana atatu, n’Abayuda ibihumbi mirongo itatu.

9 Abwira za ntumwa z’i Yabeshi y’i Gileyadi ati: “Nimugende mubwire ab’i Yabeshi ko ejo ku gasusuruko, tuzaba twamaze kubatabara.” Izo ntumwa ziragenda zirabibabwira, baranezerwa cyane.

10 Nuko Abanyayabeshi babwira Abamoni bati: “Ejo tuzabayoboka mutugenze uko mwishakiye.”

11 Sawuli agabanya ingabo mo imitwe itatu. Bujya gucya zitera inkambi y’Abamoni, zirabica kugeza ku gasusuruko. Abacitse ku icumu baratatana, umwe aca ukwe undi ukwe.

Imihango yo kwimika Sawuli

12 Nuko Abisiraheli babwira Samweli bati: “Ba bandi batashakaga ko Sawuli atubera umwami bari he? Nibabazane tubice!”

13 Ariko Sawuli arababwira ati: “Uyu munsi nta muntu n’umwe uri bwicwe mu Bisiraheli, kuko Uhoraho yadukijije.”

14 Nuko Samweli abwira Abisiraheli ati: “Nimuze tujye i Gilugali gushimangira ingoma ya Sawuli.”

15 Bose bajyayo bimikira Sawuli imbere y’Uhoraho, bahatambira ibitambo by’umusangiro. Sawuli n’Abisiraheli bose baranezerwa cyane.

Categories
1 Samweli

1 Samweli 12

Samweli ahugūra Abisiraheli

1 Samweli abwira Abisiraheli bose ati: “Dore numvise ibyo mwambwiye byose maze mbimikira umwami.

2 None rero nguyu umwami wanyu, jyewe ndisaziye dore imvi ni uruyenzi, n’abahungu banjye muri kumwe. Narabayoboye kuva mu buto bwanjye kugeza ubu.

3 Mbese hari uwo nanyaze ikimasa cye cyangwa indogobe ye? Mbese hari uwo nariganyije cyangwa nakandamije? Ese hari uwo natse ruswa kugira ngo nirengagize ibikorwa bye bibi? Dore ndi hano, nimunshinje imbere y’Uhoraho n’imbere y’umwami yimikishije amavuta. Niba narabikoze nzabyishyura.”

4 Baramusubiza bati: “Ntabwo waturiganyije cyangwa ngo udukandamize, kandi nta we wagize icyo waka.”

5 Arongera arababwira ati: “Uyu munsi Uhoraho n’uyu mwami bambereye abagabo ko nta kintu na kimwe munshinja.”

Abisiraheli baramusubiza bati: “Uhoraho yakubereye umugabo.”

6 Nuko Samweli arababwira ati: “Uhoraho ni we watoranyije Musa na Aroni, kandi ni we wavanye ba sokuruza mu Misiri.

7 None rero nimuhaguruke mbashinje imbere y’Uhoraho mbibutsa ibyiza byose yabakoreye, mwebwe na ba sokuruza.

8 Nyuma y’aho Yakobo agereye mu Misiri, ba sokuruza batakambiye Uhoraho maze atuma Musa na Aroni, babavana mu Misiri babatuza muri iki gihugu.

9 Icyakora birengagije Uhoraho Imana yabo, abagabiza Sisera umugaba w’ingabo z’i Hasori, abagabiza n’Abafilisiti n’umwami wa Mowabu barabarwanya.

10 Barongera batakambira Uhoraho bagira bati: ‘Twaracumuye twimūra Uhoraho, tuyoboka za Bāli na za Ashitaroti, none dukize abanzi tuzakuyoboka.’

11 Nuko Uhoraho aboherereza Gideyoni na Bedani na Yefute nanjye Samweli, abakiza abanzi bari babakikije maze mubaho mu mutekano.

12 Nyamara mubonye Nahashi umwami w’Abamoni yitegura kubatera, mwirengagiza ko Uhoraho Imana yanyu ari we mwami wanyu, murambwira muti: ‘Ibyo ntibihagije turashaka umwami wo kudutegeka.’

13 “Dore umwami mwahisemo ari na we mwasabye, nguyu Uhoraho aramubahaye.

14 Mujye mwubaha Uhoraho mumuyoboke, mumwumvire kandi ntimugateshuke ku mabwiriza ye. Bityo mwebwe n’umwami wanyu muzayoboka Uhoraho Imana yanyu.

15 Ariko nimutamwumvira ntimwite ku mabwiriza ye, azabibasira nk’uko yibasiye ba sokuruza.

16 None ubu nimugume aho muri, mwitegure kureba igitangaza Uhoraho agiye gukora.

17 Dore turi mu mpeshyi mu isarura ry’ingano, ariko ngiye gusenga Uhoraho ahindishe inkuba kandi agushe imvura. Ubwo ni bwo muri bumenye kandi mwemere ko mwacumuye bikomeye ku Uhoraho mwisabira umwami.”

18 Nuko Samweli arasenga, Uhoraho ahindisha inkuba agusha n’imvura, maze Abisiraheli bose batinya cyane Uhoraho na Samweli.

19 Nuko babwira Samweli bati: “Databuja, udusabire Uhoraho Imana yawe ye kutwica, kuko ku bicumuro byacu byose twongeyeho n’icyo kwisabira umwami.”

20 Samweli arabasubiza ati: “Nimuhumure! Koko mwaracumuye, ariko muramenye ntimuzongere kwimūra Uhoraho, mujye mumukorera n’umutima wanyu wose.

21 Ntimukayoboke ibigirwamana kuko nta cyo byabungura, ntibibasha no kubakiza, nta n’icyo byabamarira.

22 Uhoraho ntazabatererana kuko yiyemeje kubagira ubwoko bwe, kandi ntiyakwitesha icyubahiro.

23 Nanjye ntibikamvugweho ko nacumura ku Uhoraho ndeka kubasabira. Nzakomeza no kubereka imigenzereze itunganiye Uhoraho.

24 Mujye mumwubaha mumukorere mu kuri n’umutima wanyu wose, muzirikana ibikomeye byinshi yabakoreye.

25 Ariko nimukomeza gukora ikibi muzarimbukana n’umwami wanyu.”

Categories
1 Samweli

1 Samweli 13

Abisiraheli bashyamirana n’Abafilisiti

1 Sawuli yimye ingoma amaze imyaka mirongo itatuavutse, kandi yamaze imyaka ibiriku ngoma y’Abisiraheli.

2 Sawuli yatoranyije ingabo ibihumbi bitatu mu Bisiraheli, ibihumbi bibiri ajyana na zo i Mikimasi no ku musozi wa Beteli, naho igihumbi zijyana n’umuhungu we Yonatani i Gibeya mu ntara y’Ababenyamini. Abisiraheli basigaye Sawuli arabasezerera barataha.

3 Yonatani atera Abafilisiti bari bakambitse i Geba, maze iyo nkuru igera ku bandi Bafilisiti. Sawuli ategeka ko bavuza amahembe mu gihugu hose kugira ngo Abaheburayi batabare.

4 Bose babyumvise baravuga bati: “Sawuli yateye inkambi y’Abafilisiti none baturakariye!” Sawuli ategeka ko ingabo zimusanga i Gilugali.

5 Abafilisiti barakorana kugira ngo barwanye Abisiraheli. Bari bafite amagare y’intambara ibihumbi mirongo itatu, n’abarwanira ku mafarasi ibihumbi bitandatu, n’izindi ngabo nyinshi nk’umusenyi wo ku nyanja. Nuko barazamuka bashinga ibirindiro i Mikimasi, mu burasirazuba bwa Betaveni.

6 Abisiraheli babonye ko bari mu kaga, Abafilisiti babasatiriye, bajya kwihisha mu buvumo no mu bigunda no mu bitare, no mu myobo no mu mariba,

7 ndetse bamwe bambuka Yorodani bahungira mu Bagadi mu ntara ya Gileyadi. Sawuli yari acyibereye i Gilugali, maze ingabo zose bari kumwe zishya ubwoba.

8 Sawuli ategereza iminsi irindwi Samweli yari yamubwiye, ariko Samweli ntiyaza i Gilugali, maze ingabo zitoroka Sawuli zirahunga.

9 Sawuli aravuga ati: “Nimunzanire itungo ry’igitambo gikongorwa n’umuriro, n’amatungo y’ibitambo by’umusangiro.” Nuko atamba igitambo gikongorwa n’umuriro.

10 Akimara kugitamba Samweli aba araje, Sawuli ajya kumusanganira.

11 Samweli aramubaza ati: “Ibi wakoze ni ibiki?”

Sawuli aramusubiza ati: “Nabonye ingabo zintorotse nawe utinze, kandi Abafilisiti bakoraniye i Mikimasi,

12 ndibwira nti: ‘Abafilisiti bagiye kuza i Gilugali bandwanye kandi ntaratakambira Uhoraho!’ Ni bwo niyemeje gutamba igitambo gikongorwa n’umuriro.”

13 Samweli abwira Sawuli ati: “Wakoze iby’ubucucu, ntiwakurikije itegeko Uhoraho Imana yawe yaguhaye. Iyo urikurikiza, Uhoraho yajyaga guha ingoma yawe kuzaramba mu Bisiraheli!

14 None ingoma yawe ntizamara kabiri. Uhoraho yitoranyirije undi muntu umunogeye amugira umuyobozi w’Abisiraheli, kuko wowe utakurikije itegeko yaguhaye.”

15 Samweli ava i Gilugali, arazamuka ajya i Gibeya mu ntara y’Ababenyamini. Sawuli abarura ingabo zisigaranye na we, asanga zigera kuri magana atandatu.

16 Ubwo Sawuli n’umuhungu we Yonatani n’ingabo bari kumwe, bari bashinze ibirindiro i Geba mu ntara y’Ababenyamini, naho Abafilisiti bari babishinze i Mikimasi.

17 Igihe kimwe, mu nkambi y’Abafilisiti hava amatsinda atatu agiye gusahura, itsinda rimwe ryerekeza Ofura mu ntara ya Shuwali,

18 irindi ryerekeza i Betihoroni, naho irya gatatu ryerekeza ku mupaka uri hejuru y’igikombe cyitwa icy’impyisi, ahagana mu butayu.

19 Mu gihugu cy’Abisiraheli ntihari hakiboneka umucuzi n’umwe, kuko Abafilisiti bari barabibabujije kugira ngo Abaheburayi batazacura inkota cyangwa amacumu.

20 Kugira ngo Abisiraheli batyarishe amasuka cyangwa intorezo cyangwa ibindi bikoresho, bagombaga kujya mu Bafilisiti.

21 Gutyarisha buri gikoresho bishyuraga igiceri.

22 Bityo mu ngabo zose zari kumwe na Sawuli na Yonatani, nta n’umwe wari ufite inkota cyangwa icumu, uretse Sawuli n’umuhungu we Yonatani.

23 Nuko ingabo z’Abafilisiti zishinga ibirindiro ku nzira y’i Mikimasi.

Categories
1 Samweli

1 Samweli 14

Yonatani yongera gutera Abafilisiti

1 Umunsi umwe Yonatani mwene Sawuli abwira umusore wamutwazaga intwaro ati: “Ngwino tujye hakurya hariya aho Abafilisiti bashinze ibirindiro.” Ariko ntiyabibwira se.

2 Ubwo Sawuli yari ari ku mupaka wa Gibeya, yicaye munsi y’igiti cy’umukomamanga i Migironi. Ingabo zari kumwe na we zageraga kuri magana atandatu.

3 Icyo gihe uwagishaga inama Uhorahoyari Ahiya mwene Ahitubu, umuvandimwe wa Ikabodi mwene Finehasi, mwene Eli wari umutambyi w’Uhoraho i Shilo. Ubwo ariko ingabo ntizari zizi ko Yonatani yagiye.

4 Yonatani yagombaga kunyura hagati y’ibitare bibiri birebire, kugira ngo agere aho ingabo z’Abafilisiti zari ziri. Igitare kimwe cyitwaga Bosesi, ikindi kikitwa Sene.

5 Kimwe cyari ahagana mu majyaruguru ahateganye n’i Mikimasi, ikindi kiri ahagana mu majyepfo ahateganye n’i Geba.

6 Nuko Yonatani abwira wa musore wamutwazaga intwaro ati: “Ngwino tujye mu nkambi ya bariya banyamahanga batakebwe, ahari Uhoraho yadufasha kuko ashobora kuduha gutsinda, twaba bake cyangwa benshi.”

7 Uwo musore aramusubiza ati: “Ukore uko wabitekereje, komeza dore ndi kumwe nawe.”

8 Nuko Yonatani aravuga ati: “Noneho reka tugane aho bari batubone.

9 Nibatubwira bati: ‘Nimuhagarare aho tubanze tumenye ikibagenza’, turahagarara twe kubegera.

10 Ariko nibatubwira ngo tuzamuke tubegere, turazamuka kuko biba ari ikimenyetso cy’uko Uhoraho yabatugabije.”

11 Bombi biyereka ingabo z’Abafilisiti, maze Abafilisiti baravuga bati: “Dore Abaheburayi bavumbutse mu myobo bari bihishemo.”

12 Nuko izo ngabo zibwira Yonatani n’uwari umutwaje intwaro ziti: “Nimuzamuke tubabwire.”

Yonatani abwira uwari umutwaje intwaro ati: “Nkurikira kuko Abafilisiti Uhoraho yabagabije Abisiraheli.”

13 Nuko Yonatani azamuka akambakamba, uwari umutwaje intwaro na we amuri inyuma. Yonatani agenda yararika Abafilisiti, umutwaje intwaro na we akabasonga.

14 Muri icyo gitero cya mbere, Yonatani n’umugaragu we bishe Abafilisiti bagera kuri makumyabiri, babatsinda ahantu h’intera nto cyane.

15 Nuko igikuba gicika mu nkambi no muri ako karere no mu baturage bose, abari mu birindiro n’abari bagiye gusahura bose bashya ubwoba. Igihugu kirahindagara, bose barakangarana bitewe n’Imana.

Abafilisiti batsindwa

16 Abarinzi ba Sawuli bari i Gibeya mu ntara y’Ababenyamini, babona icyo kivunge cy’Abafilisiti cyakwiriwe imishwaro.

17 Nuko Sawuli abwira ingabo zari kumwe na we ati: “Nimubarure abantu murebe abatuvuyemo.” Barabarura basanga habura Yonatani n’umutwaza intwaro.

18 Sawuli ni ko kubwira Ahiya ati: “Igiza hino Isanduku y’Imana.” Koko rero, muri icyo gihe Isanduku yari yaragarutse mu Bisiraheli.

19 Sawuli akivugana n’umutambyi, induru iba ndende mu nkambi y’Abafilisiti maze Sawuli abwira umutambyi ati: “Rekera aho!”

20 Nuko Sawuli akoranya ingabo zose bari kumwe bajya ku rugamba, basanga abanzi babo basubiranyemo bicana, maze bibabera urujijo rukomeye.

21 Abaheburayi bari bakambitse iruhande rw’Abafilisiti bakajya batabarana na bo, barahindukira bifatanya n’abandi Bisiraheli bari kumwe na Sawuli na Yonatani.

22 Ingabo zose z’Abisiraheli zari zihishe mu misozi y’Abefurayimu, zumvise ko Abafilisiti bahunze, na zo zirabakurikirana zirabarwanya.

23 Intambara irakomeza igera hakurya ya Betaveni, maze uwo munsi Uhoraho arokora Abisiraheli.

Ingabo z’Abisiraheli zikiza Yonatani

24 Uwo munsi ingabo z’Abisiraheli ziragorwa cyane, kubera ko Sawuli yari yarahiye agira ati: “Nihagira umuntu ugira icyo arya butarira, kandi ntaramara guhōra abanzi banjye, uwo abe ikivume!” Bityo nta n’umwe wari wagize icyo akoza mu kanwa.

25 Hanyuma abantu bose bagera mu ishyamba ryarimo ubuki bwashongeraga hasi.

26 Baryinjiyemo babona ubwo buki bwashongeraga hasi, ariko ntihagira n’umwe uburyaho kuko bose batinyaga umuvumo.

27 Ariko Yonatani we ntiyari yumvise indahiro ya se. Ni ko gukoza inkoni ye mu buki, abukombesha urutoki aratamira maze agarura agatege.

28 Umwe mu ngabo aramubwira ati: “So yari yarahiye agira ati: ‘Nihagira umuntu ugira icyo arya uyu munsi, abe ikivume.’ Ni yo mpamvu ubona ingabo zose nta gatege.”

29 Nuko Yonatani aravuga ati: “Data yateje imidugararo mu gihugu, nimwirebere ukuntu ngaruye agatege aho mariye kurya kuri ubu buki.

30 Ubu se koko iyo ingabo ziza kurya ku minyago zanyaze Abafilisiti, ntiziba zarushijeho kubica?”

31 Uwo munsi, Abisiraheli batsinda Abafilisiti kuva i Mikimasi kugera Ayaloni. Ingabo zari zananiwe cyane

32 maze ziroha ku minyago, zifata ihene n’intama n’inka n’izazo, bazibagira hasi batazimanitse kugira ngo amaraso avemo, bityo barya inyama zirimo amaraso.

33 Babwira Sawuli ko ingabo zacumuye ku Uhoraho zikarya inyama zirimo amaraso, aravuga ati: “Mwahemutse! Ngaho nimuhirike ibuye rinini murigeze hano.”

34 Hanyuma aravuga ati: “Nimujye mu ngabo mubwire abashaka kubaga amatungo banyaze, bayazane bayicire hano, bayavanemo amaraso maze mubone kurya mudacumuye ku Uhoraho.” Muri iryo joro buri wese azana ikimasa acyicira aho ngaho.

35 Nuko Sawuli yubakira Uhoraho urutambiro, ruba urwa mbere amwubakiye.

36 Iryo joro Sawuli aravuga ati: “Nimuze tumanuke dukurikirane Abafilisiti tubamarire ku icumu, tubasahure kugeza mu gitondo.”

Baramusubiza bati: “Turabyemeye, ukore uko wabitekereje.”

Ariko umutambyi aravuga ati: “Nimureke tubanze tubaze Imana.”

37 Sawuli agisha inama Imana ati: “Mbese nkurikirane Abafilisiti? Ese uraduha kubatsinda?” Ariko uwo munsi Imana ntiyamusubiza.

38 Sawuli ahita ahamagaza abagaba b’ingabo arababwira ati: “Nimushakashake uwaba yakoze icyaha uyu munsi.

39 Ndahiye Uhoraho Umukiza w’Abisiraheli, ko n’iyo yaba ari umuhungu wanjye Yonatani, yicwa.” Ariko ntihagira umusubiza.

40 Nuko abwira Abisiraheli bose ati: “Nimuherere ku ruhande rumwe, nanjye n’umuhungu wanjye Yonatani tujye ku rundi.”

Ingabo zibwira Sawuli ziti: “Ubikore uko wabitekereje.”

41 Sawuli abwira Uhoraho ati: “Mana ya Isiraheli, tugaragarize uwakoze icyaha.” Bakoresha ubufindo bwerekana uruhande rwa Yonatani na Sawuli, ingabo ziba abere.

42 Sawuli aravuga ati: “Nimukoreshe ubufindo hagati yanjye n’umuhungu wanjye Yonatani.” Ubufindo bwerekana Yonatani

43 maze Sawuli aramubwira ati: “Mbwira icyo wakoze.”

Yonatani aramusubiza ati: “Nakojeje inkoni yanjye mu buki ndarigata, ngaho nimunyice!”

44 Nuko Sawuli aravuga ati: “Yonatani we, nudahanishwa urupfu Imana impane yihanukiriye!”

45 Ariko ingabo zibwira Sawuli ziti: “Yonatani ko ari we wahesheje Abisiraheli gutsinda, n’ibyo yakoze uyu munsi yari ahagarikiwe n’Imana. Byashoboka bite ko yahanishwa kwicwa? Ryaba ari ishyano! Turahiye Uhoraho ntihagire n’agasatsi kava ku mutwe we.” Ingabo zikiza Yonatani zityo ntiyicwa.

46 Sawuli arekera aho gukurikirana Abafilisiti, na bo bisubirira iwabo.

Ingoma ya Sawuli

47 Aho Sawuli yimiye ingoma, yarwanyije abanzi be bose mu bihugu bikikije Abisiraheli: Abamowabu n’Abamoni n’Abedomu n’abami ba Soba n’Abafilisiti, kandi aho yateraga hose yabagiriraga nabi.

48 Yabaye intwari atsinda n’Abamaleki, ntihongera kugira abasahura Abisiraheli.

49 Abahungu ba Sawuli bari Yonatani na Yishiwi na Malikishuwa. Abakobwa be, umukuru yitwaga Merabu, umuto akitwa Mikali.

50 Umugore wa Sawuli yitwaga Ahinowamu umukobwa wa Ahimāsi. Umugaba w’ingabo ze yitwaga Abuneri mwene Neri, se wabo wa Sawuli.

51 Neri na Kishi se wa Sawuli, bari bene Abiyeli.

52 Ku ngoma yose ya Sawuli, habaye intambara ikomeye yo kurwanya Abafilisiti. Ni yo mpamvu umuntu wese ukomeye kandi w’intwari Sawuli yabonaga, yamushyiraga mu ngabo ze.

Categories
1 Samweli

1 Samweli 15

Sawuli atera Abamaleki

1 Samweli abwira Sawuli ati: “Ubushize Uhoraho yaranyohereje kugira ngo nkwimikishe amavuta, ube umwami w’Abisiraheli ubwoko bwe. None rero tega amatwi ibyo yakuntumyeho.

2 Uhoraho Nyiringabo aravuze ati: ‘Ngiye guhanira Abamaleki ko bateye Abisiraheli bakabicira mu nzira, ubwo bavaga mu Misiri.

3 None genda ubatere, urimbure ibyabo byose ntihagire ikihasigara, wice abagabo n’abagore, abana n’impinja, inka n’intama, ingamiya n’indogobe.’ ”

4 Nuko Sawuli ahamagaza ingabo zikoranira i Telemu. Hari ingabo z’Abisiraheli ibihumbi magana abiri, n’iz’Abayudaibihumbi icumi.

5 Sawuli ajya kubikīrira hafi y’umujyi w’Abamaleki, yihisha mu mubande

6 maze abwira Abakeniati: “Nimumanuke muve mu Bamaleki ntabatsembana na bo, kuko mwebwe mwagiriye neza Abisiraheli bose, ubwo bavaga mu Misiri.” Nuko Abakeni bava mu Bamaleki.

7 Sawuli atsinda Abamaleki kuva Havila kugera i Shuru, iri ku mupaka wa Misiri.

8 Agagi umwami w’Abamaleki arafatwa, naho abandi Bamaleki bose Abisiraheli babamarira ku icumu.

9 Sawuli n’ingabo ze ntibagira icyo batwara Agagi, kimwe n’amatungo arusha andi kuba meza mu mikumbi no mu mashyo: ibimasa by’imishishe n’abana b’intama. Ibintu byiza byose banze kubitsemba, ariko ibitari byiza n’ibidafite akamaro barabitsemba.

Uhoraho azinukwa Sawuli

10 Nuko Uhoraho abwira Samweli ati:

11 “Nicujije icyatumye nimika Sawuli, kuko yancumuyeho ntakurikize amabwiriza namuhaye.” Samweli arababara cyane, maze akesha ijoro atakambira Uhoraho.

12 Bukeye arazinduka ajya gusanganira Sawuli, ariko bamubwira ko Sawuli yagiye i Karumeli, akahashinga ibuye ryo kwibuka gutsinda kwe, kandi ko avuyeyo yamanutse akajya i Gilugali.

13 Samweli amusangayo, maze Sawuli aramubwira ati: “Uhoraho aguhe umugisha! Nubahirije icyo yantegetse.”

14 Ariko Samweli aramubaza ati: “None se ayo matungo numva atāma, n’andi yābira yaturutse he?”

15 Sawuli aramusubiza ati: “Ni ayo ingabo zanyaze mu Bamaleki. Amatungo arusha andi kuba meza mu mikumbi no mu mashyo ntizayishe, ahubwo zarayazanye kugira ngo zizayatambire Uhoraho Imana yawe, naho ayandi zarayatsembye.”

16 Samweli aramubwira ati: “Rekera aho nanjye nkumenyeshe ibyo Uhoraho yaraye ambwiye.”

Sawuli ati: “Ngaho mbwira.”

17 Samweli aravuga ati: “Nubwo wigaya, uri umutegetsi w’imiryango y’Abisiraheli, Uhoraho yakwimikishije amavuta akugira umwami wabo!

18 Yagutumye kurwanya bariya Bamaleki b’abagome kugeza ubwo ubarimbuye ukabatsemba.

19 None ni kuki utumviye Uhoraho? Ni kuki watwaye iminyago, bityo ugakora ibitanogeye Uhoraho?”

20 Nuko Sawuli aramusubiza ati: “Nyamara numviye Uhoraho ntera aho yanyohereje. Abamaleki nabamariye ku icumu, mfata n’umwami wabo Agagi.

21 Naho amatungo meza ingabo zanyaze, ni ayo gutambira Uhoraho Imana yawe i Gilugali.”

22 Samweli aramubaza ati: “Mbese ikirusha ibindi gushimisha Uhoraho ni ibitambo cyangwa ni ukumwumvira? Menya ko kumwumvira biruta ibitambo, kandi ko kwitonda biruta ibinure by’amasekurume.

23 Erega yanga abamugomera, abafata kimwe n’abapfumu! Abatava ku izima na bo abafata kimwe n’abasenga ibigirwamana. Ubwo rero wanze kumvira Uhoraho, na we yanze ko ukomeza kuba umwami.”

24 Nuko Sawuli abwira Samweli ati: “Naracumuye sinakurikiza amabwiriza y’Uhoraho wampaye, natinye rubanda nkora ibyo bashatse.

25 None rero ndakwinginze mbabarira icyaha cyanjye, umperekeze njye gutakambira Uhoraho.”

26 Samweli aramusubiza ati: “Singuherekeza kuko wanze kumvira Uhoraho, na we yanze ko ukomeza kuba umwami w’Abisiraheli.”

27 Samweli ahindukiye kugira ngo agende, Sawuli asingira ikinyita cy’umwitero we kiracika kivaho.

28 Nuko Samweli aramubwira ati: “Uko ni ko Uhoraho akuvanye ku ngoma y’Abisiraheli! Iyo ngoma azayiha undi ukurusha umurava.

29 Imana nyir’ikuzo y’Abisiraheli ntibeshya, kandi si umuntu ngo yivuguruze.”

30 Sawuli arongera aravuga ati: “Koko naracumuye! Ariko ndakwinginze winkoza isoni imbere y’abagaba b’ingabo zanjye n’abandi Bisiraheli. Mperekeza njye kwambaza Uhoraho Imana yawe.”

31 Nuko Samweli aramuherekeza, maze Sawuli yambaza Uhoraho.

32 Samweli aravuga ati: “Nimunzanire Agagi umwami w’Abamaleki.”

Agagi aza nta cyo yishisha yibwira ati: “Koko ubanza ntagipfuye!”

33 Samweli aramubwira ati: “Nk’uko inkota yawe yahekuye ababyeyi, bityo na nyoko agiye guhekurwa.” Nuko amutsinda aho imbere y’Uhoraho i Gilugali.

34 Hanyuma Samweli yitahira i Rama, naho Sawuli ataha iwe i Gibeya.

35 Kuva ubwo Samweli yarinze apfa batarongera kubonana. Samweli yakomeje kugira agahinda kubera Sawuli, Uhoraho na we yicuza icyatumye yimika Sawuli muri Isiraheli.

Categories
1 Samweli

1 Samweli 16

Samweli asīga Dawidi amavuta

1 Uhoraho abaza Samweli ati: “Uzageza ryari kuririra Sawuli kugeza ryari? Jyewe naramuzinutswe, sinkimwemera ho umwami w’Abisiraheli. Uzuza ihembe ryawe amavuta, ugende. Ngutumye i Betelehemu kwa Yese, kuko nitoranyirije umwami mu bahungu be.”

2 Samweli aramusubiza ati: “Najyayo nte se, ko Sawuli azabimenye akanyica.”

Uhoraho aramubwira ati: “Ujyane inyana y’ishāshi, maze uvuge ko uzanywe no kuntambira igitambo.

3 Uzatumire Yese mugisangire, nanjye nzakwereka uwo uzanyimikishiriza amavuta.”

4 Nuko Samweli abigenza nk’uko Uhoraho yari yabimubwiye, ajya i Betelehemu. Abakuru b’umujyi baza kumusanganira bafite ubwoba, baramubaza bati: “Aho uragenzwa n’amahoro?”

5 Arabasubiza ati: “Ni amahoro, nzanywe no gutambira Uhoraho igitambo; none nimwisukure tujyane.” Samweli abwira Yese n’abahungu be ngo na bo bisukure bajyane aho atambira igitambo.

6 Yese n’abahungu be bahageze, Samweli abona Eliyabu maze aribwira ati: “Nta kabuza uriya ni we Uhoraho agomba kuba yitoranyirije kugira ngo abe umwami.”

7 Ariko Uhoraho abwira Samweli ati: “Ntukangwe n’uko asa cyangwa n’igihagararo cye, namuhinyuye. Simpitamo nk’abantu, bo bareba uko umuntu asa naho jyewe Uhoraho nkareba umutima.”

8 Nuko Yese ahamagaza Abinadabu amwereka Samweli. Samweli ati: “Uyu na we si we Uhoraho yahisemo.”

9 Yese ahamagaza Shama, ariko Samweli aravuga ati: “Uyu na none si we Uhoraho yahisemo.”

10 Yese ahamagaza barindwi mu bahungu be, ariko Samweli aramubwira ati: “Nta n’umwe muri bo Uhoraho yahisemo.

11 Ariko se nta bandi bana usigaranye?”

Aramusubiza ati: “Hasigaye umuhererezi ariko aragiye amatungo.”

Nuko Samweli abwira Yese ati: “Mutumeho aze, kuko tudashobora gusangira igitambo ataraza.”

12 Yese yohereza ujya kumuzana. Uwo musore yari igituku, akagira mu maso heza n’igikundiro. Uhoraho abwira Samweli ati: “Ngaho musīge amavuta kuko ari we.”

13 Nuko Samweli afata rya hembe ririmo amavuta, amusīgira imbere ya bakuru be. Kuva uwo munsi Mwuka w’Uhoraho aza kuri Dawidi amugumaho.Birangiye Samweli asubira iwe i Rama.

Dawidi akorera Sawuli

14 Mwuka w’Uhoraho ava kuri Sawuli, maze Uhoraho amuteza umwuka mubi umubuza uburyo.

15 Nuko abagaragu be baramubwira bati: “Dore Imana yaguteje umwuka mubi ukubuza amahoro.

16 None nyagasani, tubwire tugushakire umucuranzi maze igihe uhanzweho n’uwo mwuka mubi, ajye agucurangira bizagufasha.”

17 Sawuli arabasubiza ati: “Ngaho nimunshakire umuntu uzi gucuranga neza, mumunzanire.”

18 Umwe mu bakozi aravuga ati: “Yese w’i Betelehemu afite umuhungu uzi gucuranga neza. Ni intwari kandi azi kurwana, avuga neza kandi afite igikundiro, n’Uhoraho ari kumwe na we.”

19 Nuko Sawuli atuma kuri Yese ati: “Nyoherereza umuhungu wawe Dawidi uragira amatungo.”

20 Yese afata imigati n’uruhago rwa divayi n’umwana w’ihene, abishyira ku ndogobe maze abiha umuhungu we Dawidi, kugira ngo abishyīre Sawuli.

21 Dawidi ahageze atangira gukorera Sawuli, maze Sawuli aramukunda cyane amuha kujya amutwaza intwaro.

22 Sawuli atuma kuri Yese ati: “Ndagusaba undekere Dawidi akomeze kunkorera, kuko namukunze.”

23 Iyo Sawuli yahangwagaho na wa mwuka mubi, Dawidi yafataga inanga akamucurangira. Nuko Sawuli akoroherwa akamererwa neza, maze umwuka mubi ukamuvamo.

Categories
1 Samweli

1 Samweli 17

Abafilisiti bashotōra Abisiraheli

1 Abafilisiti bakoranya ingabo zabo kugira ngo bashoze urugamba. Bakoranira ahitwa Soko mu Buyuda, bakambika hagati ya Soko na Azeka, ahitwa Efesidamimu.

2 Sawuli n’ingabo z’Abisiraheli na bo barakorana, bakambika mu kibaya cya Ela, bashinga ibirindiro kugira ngo bahangane n’Abafilisiti.

3 Abafilisiti bari hakurya y’ikibaya, naho Abisiraheli bari hakuno yacyo.

4 Nuko mu nkambi y’Abafilisiti hasohoka umugabo w’intwari witwaga Goliyati w’i Gati. Yari afite hafi metero eshatu z’uburebure.

5 Yari ateze ingofero y’umuringa, yambaye n’ikoti ryometseho utwuma tw’umuringa dusobekeranye hose, ryapimaga ibiro mirongo itandatu.

6 Yari yambaye ibyuma bicuzwe mu muringa bikingira amaguru, yambaye n’inkota ku bitugu.

7 Uruti rw’icumu rye rwari rumeze nk’igiti cy’ikumbo, umuhunda waryo wapimaga nk’ibiro birindwi. Uwatwaraga ingabo ye yamugendaga imbere.

8 Nuko Goliyati arahagarara, abwira ingabo z’Abisiraheli aranguruye ati: “Ni kuki mwashinze ibirindiro by’intambara? Jyewe mpagarariye Abafilisiti, namwe muri inkoreragahato za Sawuli, nimwitoremo umuntu aze turwane.

9 Nashobora kurwana nanjye akanyica turaba inkoreragahato zanyu, ariko nanjye nimurwanya nkamwica muraba inkoreragahato zacu.

10 Uyu munsi mpinyuye ingabo za Isiraheli, nimumpe umuntu aze turwane.”

11 Sawuli n’ingabo z’Abisiraheli zose bumvise ayo magambo, bashya ubwoba bakuka umutima.

Dawidi ajya mu nkambi y’ingabo z’Abisiraheli

12 Muri icyo gihe, hari Umunyefurata w’i Betelehemu mu Buyuda witwaga Yese. Yari ashaje cyane afite abahungu umunani, Dawidi akaba umwe muri bo.

13 Abahungu be batatu bakuru bari baratabaranye na Sawuli, uw’impfura yitwaga Eliyabu, uw’ubuheta akitwa Abinadabu, n’uw’ubuheture akitwa Shama.

14 Dawidi ni we wari umuhererezi. Igihe bakuru be batabaranye na Sawuli,

15 Dawidi yajyaga kwa Sawuli, ariko akajya agaruka kwa se i Betelehemu kuragira amatungo.

16 Ubwo ariko, uko bukeye n’uko bwije wa Mufilisiti agashōtōra Abisiraheli, hashira iminsi mirongo ine.

17 Yese abwira umuhungu we Dawidi ati: “Fata ibi biro icumi by’ingano zikaranze n’iyi migati icumi, maze uzagemurire bakuru bawe ku rugamba,

18 n’aya maforomaji icumi uzayahe umutware w’umutwe w’ingabo barimo. Uzarebe uko bakuru bawe bameze, kandi uzanzanire ikimenyetso cy’uko mwabonanye.

19 Uzabasanga hamwe na Sawuli n’ingabo zose z’Abisiraheli mu kibaya cya Ela, aho bahanganye n’Abafilisiti.”

20 Bukeye Dawidi arazinduka amatungo ayasigira umushumba, afata za ngemu aragenda nk’uko Yese yari yabimutegetse. Agezeyo asanga ingabo zigiye mu birindiro, zivuga ibyivugo by’intambara.

21 Ingabo z’Abisiraheli n’iz’Abafilisiti zari zishyamiranye.

22 Dawidi atura imitwaro ye ayisigira uri ku izamu, maze ahita ajya ku birindiro aramutsa bakuru be.

23 Akivugana na bo, Goliyati w’i Gati wa Mufilisiti w’intwari ava mu birindiro by’Abafilisiti, asubira muri ya magambo na Dawidi abyiyumvira.

24 Ingabo zose z’Abisiraheli zibonye Goliyati, zishya ubwoba zirahunga.

25 Abisiraheli barabwirana bati: “Nimurebe uriya mugabo uje kudushōtōra! Umuntu uzamwica, umwami azamugororera ibintu byinshi cyane amushyingire n’umukobwa we, n’umuryango we uhabwe icyubahiro gikomeye mu Bisiraheli.”

26 Nuko Dawidi abaza abo bari kumwe ati: “Harya ngo uzica uriya Mufilisiti agakiza ikimwaro Abisiraheli bazamugirira bate? Ese ubundi uriya Mufilisiti utakebwe ni iki kugira ngo ashōtōre ingabo z’Imana nzima?”

27 Bamusubiriramo uko umuntu uzica Goliyati azagororerwa.

28 Mukuru we Eliyabu wari wumvise ibyo yavuganye na bo, aramurakarira cyane maze aramubaza ati: “Waje gukora iki? Ese ubundi ni nde wasigiye ya ngirwa matungo ku gasozi? Uriyemera ndabizi nzi n’amarere yawe, ubwo wazanywe no kureba intambara.”

29 Dawidi aramusubiza ati: “Ese hari ikibi nakoze uretse ko nibarije gusa?”

30 Nuko arahindukira abaza abandi iby’uzica Goliyati, na bo babimusubiriramo nk’aba mbere.

31 Abantu bumvise ibibazo Dawidi yabajije bajya kubibwira Sawuli, na we ahita amuhamagaza.

32 Dawidi ahageze abwira Sawuli ati: “Ntihagire uterwa ubwoba n’uriya Mufilisiti, jyewe umugaragu wawe ndarwana na we.”

33 Sawuli aramubwira ati: “Uracyari umwana, ntiwashobora guhangana n’uriya Mufilisiti wamenyereye intambara kuva mu buto bwe.”

34 Dawidi aramusubiza ati: “Jywe umugaragu wawe, ndagira amatungo ya data. Iyo haje intare cyangwa indi nyamaswa nk’ikirura igafata itungo,

35 nyirukaho nkayikubita nkayambura itungo ryanjye. Iyo impindukiranye nyifata mu ijosi, nkayikubita nkayica.

36 Nguko uko jyewe umugaragu wawe nishe intare n’ikirura, kandi ni ko nzica uriya Mufilisiti utakebwe wihaye gushōtōra ingabo z’Imana nzima.

37 Uhoraho wankijije intare n’ikirura, arankiza n’uriya Mufilisiti.”

Sawuli aramubwira ati: “Ni uko. Uhoraho abe kumwe nawe.”

38 Nuko yambika Dawidi imyambaro ye y’intambara n’ingofero ye icuzwe mu muringa, n’ikoti rye ry’icyuma.

39 Dawidi amaze kwambara atyo, ashyira inkota ya Sawuli ku mukandara we, maze agerageza kugenda kuko atari amenyereye iyo myambaro. Nuko abwira Sawuli ati: “Sinshobora kugendana ibi bintu byose, ntabwo mbimenyereye.” Dawidi abikuramo

40 maze afata inkoni ye, atoranya utubuyenge dutanu mu mugezi, adushyira mu gafuka k’uruhago rwe rw’abashumba. Hanyuma afata umuhumetso we, agenda asanga wa Mufilisiti.

Dawidi yica Goliyati

41 Umufilisiti na we aza amusanga, abanjirijwe n’uwamutwazaga ingabo.

42 Umufilisiti abonye Dawidi, asanga ari agahungu k’inzobe gafite uburanga, aramusuzugura

43 aramubwira ati: “Ni ko sha, wasanze ndi imbwa ku buryo waje kundwanya witwaje inkoni?” Amaze kumuvumisha imana ze

44 aramubwira ati: “Ngaho ngwino nkubagire ibisiga uribwe n’inyamaswa.”

45 Dawidi aramusubiza ati: “Waje kundwanya witwaje inkota n’icumu n’igihosho, naho jyewe nje kukurwanya mu izina ry’Uhoraho Nyiringabo, Imana y’ingabo z’Abisiraheli ari zo washōtōye.

46 Uyu munsi Uhoraho arakungabiza nkwice maze nguce umutwe, n’Abafilisiti bari mu nkambi ndababagira ibisiga inyamaswa zibarye. Bityo abatuye isi bose bazamenyeraho ko Abisiraheli bafite Imana,

47 n’abantu bose bazamenya ko Uhoraho adakeneye inkota n’amacumu kugira ngo atsinde. Uhoraho ni we utanga gutsinda urugamba kandi uyu munsi yabatugabije.”

48 Umufilisiti aza asanga Dawidi, Dawidi na we ariruka kugira ngo bahure barwane.

49 Dawidi akura akabuyenge mu ruhago rwe agashyira mu muhumetso, akamutera mu gahanga karinjira, Umufilisiti agwa yubamye.

50 Dawidi atsinda atyo Umufilisiti akoresheje umuhumetso n’akabuyenge, amwica nta nkota.

51 Nuko ariruka ajya aho Umufilisiti yaguye amukura inkota mu rwubati, amuca umutwe. Abafilisiti babonye intwari yabo ipfuye barahunga.

52 Nuko ingabo z’Abisiraheli n’iz’Abayuda zirahaguruka, zihanika ibyivugo maze zikurikirana Abafilisiti mu kibaya cyose, zibageza ku marembo y’umujyi wa Ekuroni. Intumbi zabo zari zinyanyagiye ku nzira hagati ya Shārayimu na Gati na Ekuroni.

53 Abisiraheli bamaze kwirukana Abafilisiti, bagaruka gusahura inkambi zabo.

54 Dawidi afata igihanga cya Goliyati akijyana i Yeruzalemu, naho intwaro yamucuje azishyira mu ihema rye.

Dawidi ashyikirizwa Sawuli

55 Igihe Sawuli yabonaga Dawidi asatiriye Umufilisiti, yari yabajije Abuneri umugaba w’ingabo ati: “Ni ko Abuneri, uriya musore ni uwa nde?”

Abuneri yari yamushubije ati: “Nyagasani, simbizi mba nkuroga!”

56 Umwami aramubwira ati: “Noneho ubaririze umenye se.”

57 Aho Dawidi agarukiye amaze kwica wa Mufilisiti, Abuneri amushyira Sawuli agifite cya gihanga mu ntoki.

58 Sawuli aramubaza ati: “Ni ko sha, uri uwa nde?”

Dawidi aramusubiza ati: “Ndi mwene Yese, umugaragu wawe w’i Betelehemu.”

Categories
1 Samweli

1 Samweli 18

Sawuli agirira Dawidi ishyari

1 Dawidi amaze kuvugana na Sawuli, Yonatani aba incuti magara ya Dawidi, amukunda nk’uko yikunda.

2 Kuva uwo munsi kandi Sawuli agumana Dawidi, ntiyareka asubira kwa se.

3 Yonatani anywana na Dawidi, kuko yamukundaga nk’uko yikunda.

4 Yikuramo igishura yari yambaye agiha Dawidi, kimwe n’indi myamabaro ye n’inkota ye, n’umuheto we n’umukandara we.

5 Dawidi yatabaraga ahantu hose Sawuli amwohereje agatsinda, Sawuli amuha umutwe w’ingabo ategeka, kandi Dawidi akundwa n’ingabo zose ndetse n’abagaragu ba Sawuli.

6 Ingabo zitabarutse Dawidi amaze kwica wa Mufilisiti, abagore basohotse mu mijyi yose y’Abisiraheli aho Sawuli yanyuraga, bakamusanganira n’ubwuzu baririmba babyina, bavuza ingoma kandi bacuranga.

7 Abo bagore barikiranyaga bishimye bagira bati:

“Sawuli yishe ibihumbi,

Dawidi we yica ibihumbagiza.”

8 Ayo magambo Sawuli ayafata nabi ararakara cyane, aribwira ati: “Dawidi bamuhaye ibihumbagiza, naho jye bampa ibihumbi gusa! Igisigaye ni ukumushyira ku ngoma.”

9 Kuva uwo munsi Sawuli atangira kureba nabi Dawidi.

10 Nyuma y’aho Imana iteza Sawuli wa mwuka mubi, atangira gusaragurikira mu nzu iwe afashe icumu mu ntoki. Ubwo Dawidi yacurangaga inanga nk’uko bisanzwe.

11 Nuko Sawuli aribwira ati: “Ndatera Dawidi icumu rimushite ku nzu.” Ariteye Dawidi aryizibukira kabiri kose.

12 Sawuli yatinyaga Dawidi kuko Uhoraho yari kumwe na we, naho Sawuli Uhoraho yaramuzinutswe.

13 Sawuli ni ko kumwikura iruhande amugira umutware w’ingabo igihumbi, nuko Dawidi akajya aziyobora ku rugamba.

14 Ibyo Dawidi yakoraga byose byaramuhiraga kuko Uhoraho yari kumwe na we,

15 Sawuli abibonye aramutinya.

16 Icyakora Abisiraheli bose n’Abayuda bose bakundaga Dawidi, kuko ari we wayoboraga ingabo ku rugamba.

Dawidi arongora umukobwa wa Sawuli

17 Sawuli abwira Dawidi ati: “Dore Merabu umukobwa wanjye w’impfura, nzamugushyingira, upfa kunkorera gitwari ukayobora ingabo mu izina ry’Uhoraho.” Ubwo Sawuli yaribwiraga ati: “Ye kuzaba ari jye wica Dawidi, ahubwo azagwe ku Bafilisiti.”

18 Dawidi asubiza Sawuli ati: “Ndi nde kandi naba ndi mwene nde, kugira ngo mbe naba umukwe w’umwami w’Abisiraheli?”

19 Ariko igihe cyo gushyingira Merabu kigeze, ntiyashyingirwa Dawidi ahubwo ahabwa Adiriyeli w’i Mehola.

20 Undi mukobwa wa Sawuli witwaga Mikali aza kubenguka Dawidi. Sawuli ngo babimumenyesheje biramushimisha

21 kuko yibwiraga ati: “Nzamumushyingira amubere umutego uzatuma yicwa n’Abafilisiti.” Sawuli arongera abwira Dawidi ubwa kabiri ati: “Uyu munsi uraba umukwe wanjye.”

22 Nuko Sawuli ategeka abagaragu be ati: “Muzihererane Dawidi mumubwire muti: ‘Ko uri umutoni w’umwami n’abagaragu be bakagukunda, wakwemeye ukaba umukwe w’umwami!’ ”

23 Abagaragu basubiriramo Dawidi ayo magambo, na we arabasubiza ati: “Ariko se mwebwe mubona kuba umukwe w’umwami ari ibintu byoroshye? Ndi umukene n’intamenyekana.”

24 Abagaragu ba Sawuli bamutekerereza uko Dawidi yababwiye.

25 Nuko Sawuli ashaka uko Dawidi yazicwa n’Abafilisiti, abwira abagaragu be ati: “Mumubwire muti: ‘Umwami nta nkwano yindi ashaka uretse guhōra inzigo abanzi be. None rero uzamuzanire ibinyita ijana byakebwe ku Bafilisiti.’ ”

26 Barabimubwira maze Dawidi yishimira ko azaba umukwe w’umwami. Mbere y’igihe cyo kumushyingira

27 ahagurukana n’ingabo ze bagaba igitero, bica Abafilisiti magana abiri. Ibinyita byabo Dawidi arabizana babiha umwami nta na kimwe kiburamo, kugira ngo azakunde abe umukwe w’umwami. Nuko Sawuli amushyingira umukobwa we Mikali.

28 Sawuli abona ko Uhoraho ari kumwe na Dawidi, n’uko umukobwa we Mikali yakundaga Dawidi cyane.

29 Nuko arushaho gutinya Dawidi, kandi akomeza kuba umwanzi we iteka ryose.

30 Abategetsi b’Abafilisiti bajyaga bagaba ibitero, ariko buri gihe Dawidi akabatsinda kurusha abandi bagaba b’ingabo za Sawuli, bituma aba ikirangirire.

Categories
1 Samweli

1 Samweli 19

Sawuli ashaka kwica Dawidi

1 Sawuli abwira umuhungu we Yonatani n’ibyegera bye byose ko ashaka kwica Dawidi. Ariko Yonatani yari incuti magara ya Dawidi,

2 nuko amuburira agira ati: “Data Sawuli arashaka kukwica. Uramenye rero ejo mu gitondo ntuzagaragare, uzihishe mu gasozi.

3 Nanjye nzajyanayo na data maze mubaze ibikwerekeye, nimara kumva uko byifashe nzaza nkubwire.”

4 Yonatani avugira Dawidi neza kuri Sawuli agira ati: “Mubyeyi, wihemukira umugaragu wawe Dawidi kuko atigeze agucumuraho, ahubwo yagukoreye neza rwose.

5 Yahaze amagara ye yica wa Mufilisiti, maze Uhoraho aha Abisiraheli gutsinda bikomeye, nawe warabibonye urabyishimira. Dawidi ko ari umwere, ni kuki wahemuka ukamwica umuhoye ubusa?”

6 Sawuli yemera amagambo ya Yonatani, arahira Uhoraho ko Dawidi atazicwa.

7 Yonatani abwira Dawidi ibyavuzwe byose, hanyuma amushyīra Sawuli, Dawidi akomeza gukorera Sawuli nka mbere.

8 Intambara yongeye kūbura Dawidi ajya ku rugamba kurwana n’Abafilisiti, abakubita incuro barahunga.

9 Umunsi umwe Uhoraho ateza Sawuli wa mwuka mubi, Sawuli yari yicaye mu nzu iwe afite icumu mu ntoki. Ubwo Dawidi yacurangaga inanga,

10 Sawuli ni ko kumutera icumu kugira ngo rimushite ku rukutu rw’inzu, ariko Dawidi araryizibukira rifata ku rukuta. Iryo joro Dawidi aracika, arahunga.

11 Nuko Sawuli yohereza abantu kwa Dawidi kugira ngo bahagote, maze mu gitondo bazamwice. Ariko Mikali muka Dawidi aramuburira ati: “Nudahunga iri joro ejo uzapfa.”

12 Aherako amucisha mu idirishya, maze Dawidi arigendera arahunga abacika atyo.

13 Hanyuma Mikali afata ishusho y’ikigirwamana ayiryamisha mu buriri, ayitwikiriza uruhu rw’ihene ku mutwe maze ayorosa umwenda.

14 Nuko Mikali abwira ba bantu Sawuli yari yohereje gufata Dawidi ati: “Ararwaye.”

15 Ariko Sawuli arongera arabohereza arababwira ati: “Nimugende mumuterure mu buriri bwe, mumunzanire mwice.”

16 Basubira kwa Dawidi, bahageze basanga ya shusho ari yo iri mu buriri itwikirije uruhu rw’ihene ku mutwe.

17 Sawuli abyumvise atonganya Mikali ati: “Ni kuki wandiganyije ugacikisha umwanzi wanjye?”

Mikali aramusubiza ati: “Yambwiye ngo nimureke agende, niba nanze aranyica.”

Sawuli akurikirana Dawidi i Rama

18 Dawidi amaze gucika ahungira kwa Samweli i Rama, amutekerereza ibyo Sawuli yamukoreye byose. Hanyuma we na Samweli bajya kurara mu macumbi i Nayoti.

19 Iyo nkuru iza kugera kuri Sawuli, ko Dawidi ari mu macumbi y’i Nayoti h’i Rama.

20 Sawuli aherako yohereza abantu bo gufata Dawidi. Bahageze basanga itsinda ry’abahanuzi bahanura, bayobowe na Samweli. Mwuka w’Imana aza kuri abo bantu ba Sawuli, na bo batangira guhanura.

21 Sawuli abyumvise yohereza abandi bantu, na bo bahageze barahanura. Sawuli yohereza abandi ubwa gatatu, na bo barahanura.

22 Noneho Sawuli ubwe yigira i Rama, ageze ku iriba rinini ry’i Seku arabaza ati: “Samweli na Dawidi bari he?”

Baramusubiza bati: “Bari i Nayoti h’i Rama.”

23 Sawuli ajyayo, ariko atarahagera na we Mwuka w’Imana amuzaho, akomeza urugendo ahanura arinda agera i Nayoti h’i Rama.

24 Agezeyo na we akuramo imyambaro ye, ahanurira imbere ya Samweli. Nuko yitura hasi yambaye ubusa, yiriza umunsi akesha ijoro. Ni ho havuye imvugo ngo “Ese Sawuli na we yabaye umuhanuzi?”

Categories
1 Samweli

1 Samweli 20

Ubucuti bwa Yonatani na Dawidi

1 Nuko Dawidi ava mu macumbi i Nayotih’i Rama arahunga, ajya kureba Yonatani aramubaza ati: “Rwose nakoze iki? Icyaha cyanjye ni ikihe? So namucumuriye iki gituma ashaka kunyica?”

2 Yonatani aramusubiza ati: “Humura ntugipfuye kuko data nta cyo akora atakimbwiye, cyaba gikomeye cyangwa cyoroheje. Ubwo se data yabimpishira iki? Humura ntibishoboka.”

3 Dawidi arongera aramubwira ati: “So azi neza ko unkunda cyane, ni yo mpamvu yabiguhishe kugira ngo utababara. Icyakora ndahiye Uhoraho ndetse nawe ndakurahiye, urupfu rurangera amajanja!”

4 Nuko Yonatani abwira Dawidi ati: “Icyo wifuza cyose nzakigukorera.”

5 Dawidi aramubwira ati: “Ejo ni umunsi mukuru w’imboneko y’ukwezi, nari kuzaba nicaranye n’umwami dusangira. None reka ngende njye kwihisha mu gasozi kugeza ejobundi nimugoroba.

6 So naramuka anshatse, uzamubwire ko nagusabye uruhushya kugira ngo nyarukire iwacu i Betelehemu, gusangira na bene wacu igitambo cya buri mwaka.

7 Navuga ati: ‘Ni byiza’, ubwo bizaba ari amahoro. Ariko narakara, uzamenye ko yiyemeje kunyica.

8 None rero databuja, ngirira ubuntu ubyemere kuko twanywanye mu izina ry’Uhoraho. Ariko niba hari icyaha nakoze nyiyicira ubwawe, utiriwe unshyīra so!”

9 Yonatani aramubwira ati: “Ibyo ntibikavugwe! Ndamutse menye ko data yiyemeje kukugirira nabi, nabikumenyesha.”

10 Dawidi aramubaza ati: “So nagusubiza nabi ni nde uzabimenyesha?”

11 Yonatani abwira Dawidi ati: “Ngwino tujye mu gasozi!” Nuko barajyana.

12 Yonatani abwira Dawidi ati: “Nkurahiye Uhoraho Imana y’Abisiraheli, nzinja data ninsanga akuvuga neza, ejobundi nk’iki gihe nzagutumaho umuntu wo kubikumenyesha.

13 Ariko ninumva data ashaka kukugirira nabi sinkuburire kugira ngo wicikire, Uhoraho azampane yihanukiriye! Uhoraho azabane nawe nk’uko yahoze abana na data.

14 Igihe nkiriho ntuzabure kungirira ineza, nk’uko wabirahiye mu izina ry’Uhoraho. Ndamutse mpfuye

15 na bwo uzagirire abanjye ineza wandahiriye, kabone n’igihe Uhoraho azaba amaze gutsemba abanzi bawe. ”

16 Nuko Yonatani agirana isezerano na Dawidi, aravuga ati: “Nuryica Uhoraho azakugabize abanzi.”

17 Yonatani yongera kugirana na Dawidi isezerano ry’urukundo. Koko Yonatani yakundaga Dawidi nk’uko yikunda.

18 Nuko Yonatani aramubwira ati: “Ejo ni umunsi mukuru w’imboneko y’ukwezi, ubwo rero bazibaza ibyawe kuko intebe yawe izaba iriho ubusa.

19 Ejobundi uzamanuke ujye ha handi wari wihishe bwa bundi, wigumire hafi y’urutare rwa Ezeli.

20 Nzaharasa imyambi itatu nk’urasa intego,

21 maze nohereze umusore tuzaba turi kumwe kuyizana. Nimubwira nti: ‘Imyambi iri hino yawe yifate’, uzabone kuza bizaba ari amahoro. Nkurahiye Uhoraho, nta kibi kizaba kikuriho.

22 Ariko nimubwira nti: ‘Imyambi iri hirya yawe’, ubwo uzigendere kuko Uhoraho azaba akohereje ahandi.

23 Naho ku byerekeye ukunywana kwacu, Uhoraho azahore aturinda guhemukirana.”

24 Nuko Dawidi ajya kwihisha mu gasozi. Ku munsi mukuru w’imboneko y’ukwezi, umwami ajya ku meza

25 nk’uko bisanzwe, yicara ahegamiye urukuta. Yonatani amwicara imbere naho Abuneri amwicara iruhande, ariko intebe ya Dawidi ibura uyicaraho.

26 Uwo munsi Sawuli ntiyagira icyo avuga kuko yibwiraga ati: “Ni ibyamugwiririye birashoboka ko yahumanye, na ko ubwo yahumanye.”

27 Ku munsi wa kabiri, intebe ya Dawidi na bwo ibura uyicaraho. Noneho Sawuli abaza umuhungu we Yonatani ati: “Ni kuki mwene Yese yabuze ku meza ari ejo ari n’uyu munsi?”

28 Yonatani asubiza se ati: “Dawidi yaransabye ngo anyarukire i Betelehemu

29 agira ati: ‘Mukuru wanjye yantegetse kuza gusangira na bene wacu igitambo, none ungiriye neza wareka nkajyayo.’ Ni yo mpamvu ataje ku meza nyagasani.”

30 Nuko Sawuli arakarira Yonatani cyane, aramubwira ati: “Wa mwana we, n’ubundi uri uwa nyoko w’ikirāra, sinyobewe ko ubogamiye kuri mwene Yese! Bityo wikojeje isoni, ukoza na nyoko isoni wifata nk’ikinyandaro!

31 Igihe cyose mwene Yese azaba akiriho, ntabwo uzima ingoma mu mutekano. Agomba gupfa. None ohereza abantu bajye kumunzanira.”

32 Yonatani abaza se Sawuli ati: “Ni kuki agomba gupfa? Ese ubundi yakoze iki?”

33 Nuko Sawuli amutera icumu kugira ngo amwice. Yonatani ahita yumva ko se yiyemeje kwica Dawidi.

34 Ahaguruka ku meza arakaye cyane kubera ibitutsi bya se, ntiyagira icyo arya kuri uwo munsi wa kabiri w’ukwezi. Yari ababaye cyane kubera Dawidi.

35 Bukeye mu gitondo Yonatani ajya mu gasozi nk’uko yari yabisezeranye na Dawidi, ajyana n’umwana w’umuhungu umuherekeje.

36 Yonatani aramubwira ati: “Iruka ujye gushaka imyambi ngiye kurasa.” Uwo mwana ariruka, Yonatani arasa umwambi arawumurenza ugwa imbere ye kure.

37 Uwo mwana yegereye aho umwambi waguye, Yonatani aramuhamagara aramubwira ati: “Umwambi waguye hirya yawe,

38 gira vuba wihagarara ahubwo ihute!” Nuko uwo mwana atoragura imyambi agaruka aho shebuja ari,

39 ariko nta cyo yigeze amenya. Dawidi na Yonatani ni bo bonyine bari babiziranyeho.

40 Yonatani aha intwaro ze uwo musore, aramubwira ati: “Ngaho genda uzisubize mu rugo.”

41 Uwo mwana w’umuhungu amaze kugenda Dawidi ava aho yari yihishe hepfo y’urutare, yikubita imbere ya Yonatani yubamye incuro eshatu. Barahoberana bombi bararira, ariko Dawidi arahogora.

42 Nuko Yonatani abwira Dawidi ati: “Igendere amahoro, kandi ujye wibuka amasezerano twagiranye mu izina ry’Uhoraho. Uhoraho azahore aturinda guhemukirana, azabirinde n’abazadukomokaho iteka ryose.” Nuko Dawidi arigendera, naho Yonatani asubira mu mujyi.