Categories
1 Abanyakorinti

1 Abanyakorinti 1

Indamutso

1 Jyewe Pawulo wahamagawe ngo mbe Intumwa ya Kristo Yezu nk’uko Imana yabishatse, n’umuvandimwe Sositeni,

2 turabandikiye mwebwe ab’itorero ry’Imana riri i Korinti, mwebwe ntore zayo mubikesha kuba muri Kristo Yezu. Imana yabahamagaye ngo mube abayo, hamwe n’abantu bose bambaza Umwami wacu Yezu Kristo aho bari hose – ni Umwami wacu akaba n’uwabo.

3 Imana Data nibagirire ubuntu ibahe n’amahoro, ifatanyije na Nyagasani Yezu Kristo.

Ibyiza Kristo yaduhaye

4 Mpora nshimira Imana yanjye kubera mwebwe, nyishimira ubuntu yabagiriye ibinyujije kuri Kristo Yezu.

5 Kuba muri we byatumye Imana ibakungahaza, ibaha impano zose zo kuvuga no kumenya ibyayo.

6 Ibyo twabemeje byerekeye Kristo byashinze imizi muri mwe,

7 ku buryo nta mpano n’imwe y’Imana mubuze, mwebwe abategereje guhishurwa k’Umwami wacu Yezu Kristo.

8 Ni na we uzabakomeza kugeza ku iherezo, kugira ngo mutarangwaho umugayo ku munsi Umwami wacu Yezu Kristo azaziraho.

9 Imana ni indahemuka, ni na yo yabahamagaye ngo mugirane ubumwe n’Umwana wayo Yezu Kristo Umwami wacu.

Itorero rya Kristo ry’i Korinti ryicamo ibice

10 Bavandimwe, ndabinginze mu izina ry’Umwami wacu Yezu Kristo ngo mwese mwumvikane, kandi mwe kwicamo ibice, ahubwo mushyire hamwe muhuje ibitekerezo n’imigambi.

11 Bavandimwe, abo kwa Kilowe bambwiye amakuru yanyu ko muri mwe hari amakimbirane.

12 Dore icyo mvuga ni iki: buri wese avuga ibye umwe ati: “Ndi uwa Pawulo,” undi ati: “Jyewe ndi uwa Apolo,” naho undi ati: “Jyewe ndi uwa Petero,” n’undi ati: “Jyeweho ndi uwa Kristo.”

13 Ese Kristo yaciwemo ibice byinshi? Mbese Pawulo ni we wababambiwe ku musaraba? Mbese ni mu izina rya Pawulo mwabatijwe?

14 Ndashimira Imana ko nta n’umwe muri mwe nabatije uretse Krisipo na Gayo,

15 bityo nta wavuga ko yabatijwe mu izina ryanjye.

16 Koko nabatije na Sitefana n’abo mu rugo rwe, ariko uretse abo sinzi ko hari undi nabatije.

17 Erega Kristo ntiyantumye kubatiza ahubwo yantumye gutangaza Ubutumwa bwiza, ntakoresheje amagambo y’ubwenge bw’abantu kugira ngo urupfu rwa Kristo ku musaraba rutaba impfabusa.

Kristo, ububasha bw’Imana n’ubwenge bwayo

18 Ubutumwa bwerekeye umusaraba wa Kristo ku bazimiye ni ubupfu, naho kuri twebwe abakizwa ni ububasha bw’Imana,

19 kuko Ibyanditswe bivuga ngo:

“Nzamaraho ubwenge bw’abanyabwenge,

nzahindura ubusa ubumenyi bw’abahanga.”

20 Mbese umunyabwenge bimumariye iki? Ese umwigishamategeko bimumariye iki? Mbese intyoza mu mpaka z’iki gihe yo biyimariye iki? Mbese aho ubwenge bw’iyi si Imana ntiyabuhinduye ubupfu?

21 Imana mu bwenge bwayo ntiyakunze ko abantu bayimenya bayobowe n’ubwenge bwabo bwite. Ahubwo yishimiye gukoresha ubupfu bw’ubutumwa tuvuga kugira ngo ikize abemera Kristo.

22 Abayahudi basaba ibitangaza byo kubemeza, naho Abagerekibagashaka ubwenge.

23 Nyamara twebweho dutangaza ibya Kristo wabambwe ku musaraba, Abayahudi ibyo birabashegesha, naho Abagereki bibabera ubupfu.

24 Nyamara ku bantu Imana yahamagaye, baba Abayahudi cyangwa Abagereki, Kristo ni ububasha bw’Imana n’ubwenge bwayo,

25 kuko ubupfu bw’Imana burusha abantu ubwenge, n’intege nke z’Imana zirusha abantu imbaraga.

26 Bavandimwe, nimwibaze uko mumeze mwebwe abo Imana yahamagaye. Ukurikije uko abantu babibona si benshi muri mwe b’abanyabwenge, si benshi bakomeye, si benshi b’imfura.

27 Ahubwo Imana yatoranyije ibyo abantu bita ubupfu kugira ngo ikoze isoni abanyabwenge, yatoranyije ibyo abantu bita ibinyantege nke kugira ngo ikoze isoni abakomeye.

28 Yatoranyije ibyo abantu bahinyura n’ibyo basuzugura, ndetse n’ibyo bibwira ko ari ubusa kugira ngo ihindure ubusa ibyo bibwira ko bifite akamaro,

29 ari ukugira ngo hatagira umuntu n’umwe wishyira hejuru imbere y’Imana.

30 Imana ubwayo ni yo yabahaye kuba muri Kristo Yezu, ni we utubera ubwenge buva ku Mana n’ubutungane n’ubuziranenge n’ugucungurwa.

31 Bityo nk’uko Ibyanditswe bivuga: “Ushaka kwirata yirate Nyagasani.”

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/1CO/1-6757feb58a96ec08d4eec39b000bf3d8.mp3?version_id=387—

Categories
1 Abanyakorinti

1 Abanyakorinti 2

Yezu wabambwe ku musaraba

1 Bavandimwe, igihe nazaga iwanyu nje kubahishurira amabanga y’Imana, sinakoresheje amagambo y’akarimi keza cyangwa ay’ubwenge.

2 Ndi kumwe namwe niyemeje kutagira ikindi nibandaho, keretse kubamenyesha Yezu Kristo, cyane cyane Yezu Kristo wabambwe ku musaraba.

3 Igihe nazaga iwanyu nari mfite intege nke, ndetse ntinya mpinda umushyitsi.

4 Mu nyigisho zanjye no mu byo nabatangarizaga, ntabwo nigeze mbashukisha amagambo y’ubwenge buhanitse, ahubwo naberetse ububasha bwa Mwuka w’Imana.

5 Ibyo nabikoreye kugira ngo ukwemera Kristo kwanyu kutaba gushingiye ku bwenge bw’abantu, ahubwo kube gushingiye ku bubasha bw’Imana.

Ubwenge bw’Imana

6 Icyakora abakuze mu bya Mwuka ni bo twigisha ubwenge, ariko ubwo bwenge si ubw’iyi si cyangwa ubw’ibinyabutware bigenga iyi si byagenewe kurimbuka.

7 Ubwenge tubabwira bwo ni ubw’Imana, ni ibanga ryahishwe abantu kuva kera kose, Imana ikabugenera kuduhesha ikuzo.

8 Nta n’umwe muri bya binyabutware bigenga iyi si wamenye ubwo bwenge, kuko iyo biza kubumenya ntibyari kubamba Nyagasani Nyir’ikuzo.

9 Ahubwo nk’uko Ibyanditswe bivuga,

“Ibyo ijisho ritigeze rireba,

cyangwa ugutwi ngo kubyumve,

ibintu umuntu atigeze anatekereza,

Imana yabiteguriye abayikunda.”

10 Ibyo Imana yabiduhishuriye ikoresheje Mwuka wayo. Burya Mwuka w’Imana agenzura byose ndetse n’amayobera y’Imana.

11 Ni nde wamenya ibyo umuntu atekereza uretse umutima w’uwo muntu nyine? Nta we. Ni na ko rero nta wamenya ibyo Imana itekereza uretse Mwuka wayo.

12 Twebwe si umwuka w’iyi si twahawe ahubwo ni Mwuka uturuka ku Mana, kugira ngo tumenye impano Imana itugabira ku buntu.

13 Ibyo ntitubivuga mu magambo twigishijwe n’ubwenge bw’abantu, ahubwo tubivuga uko tubyigishijwe na Mwuka w’Imana. Uko ni ko dusobanurira ibya Mwuka abasanzwe bamufite.

14 Umuntu ugengwa na kamere ntasobanukirwa ibyerekeye Mwuka w’Imana, ndetse abyita ubupfu. Ntabasha kubimenya kuko bigenzurwa n’ufite Mwuka w’Imana wenyine.

15 Umuntu ufite Mwuka w’Imana agenzura byose, nyamara we nta wumugenzura.

16 Ibyanditswe biravuga ngo

“Ni nde uzi ibyo Nyagasani atekereza?

Ni nde ubasha kumugira inama?”

Nyamara twebwe twahawe gutekereza kimwe na Kristo.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/1CO/2-0b67515f58e0790dc1278b123200d44b.mp3?version_id=387—

Categories
1 Abanyakorinti

1 Abanyakorinti 3

Abagaragu b’Imana

1 Bavandimwe, sinabashije kuvugana namwe nk’ubwira abafite Mwuka w’Imana. Ahubwo navuganye namwe nk’uvugana n’abantu b’isi, bakiri bato mu bya Kristo.

2 Nabatungishije amata, sinabagaburira ibyokurya bikomeye kuko mwari mutarabibasha, ndetse n’ubu ntimurabibasha.

3 Muracyifata nk’ab’isi. Mbese ubwo ishyari n’amakimbirane bikirangwa muri mwe, ntibigaragara ko mwifata nk’ab’isi mukagengwa na kamere yanyu nk’abantu bose?

4 Igihe umwe muri mwe avuga ati: “Jye ndi uwa Pawulo”, undi ati: “Jyewe ndi uwa Apolo”, ntibiba byerekana ko mukimeze nk’ab’isi?

5 Mbese ye, Apolo ni nde? Ese Pawulo we ni nde? Twembi turi abagaragu b’Imana batumye mwemera Kristo. Buri wese muri twe akora umurimo yiherewe na Nyagasani.

6 Jyewe nateye imbuto Apolo arazivomera, ariko Imana ni yo yatumye zikura.

7 Utera imbuto nta cyo ari cyo, uzivomera na we nta cyo ari cyo, Imana yonyine ni yo ituma zikura.

8 Utera imbuto n’uzivomēra barahwanye, bombi Imana izabahemba ibihwanye n’umurimo bakoze.

9 Twe dufatanya gukora umurimo w’Imana, naho mwe muri umurima wayo.

Ikindi kandi muri inzu y’Imana.

10 Kubera ubuntu Imana yangiriye, nagenje nk’umwubatsi w’umuhanga nshyiraho urufatiro, undi muntu arwubakaho. Icyakora buri muntu niyitondere uburyo yubaka kuri urwo rufatiro.

11 Nta muntu ubasha gushyiraho urundi rufatiro, rutari urwashyizweho ari rwo Yezu Kristo.

12 Kuri urwo rufatiro umuntu ashobora kurwubakishaho izahabu cyangwa ifeza, cyangwa amabuye y’agaciro, cyangwa agakoresha ibiti, cyangwa ibyatsi cyangwa ibikenyeri.

13 Uko byaba kose, ibikorwa bya buri muntu bizashyirwa ahagaragara ku munsi Imana izaciraho imanza. Kuri uwo munsi bizamenyekana birangwe n’umuriro, umuriro ni na wo uzasuzuma akamaro k’ibikorwa bya buri muntu.

14 Umuntu azahembwa niba ibikorwa bye birokotse uwo muriro.

15 Nyamara icyo yubatse nigikongorwa n’umuriro azaba ahombye, ariko we ubwe azakizwa nk’uwiyatse umuriro.

16 Mbese ntimuzi yuko muri Ingoro y’Imana, na Mwuka wayo akaba atuye muri mwe?

17 Nuko rero umuntu usenya Ingoro y’Imana na we Imana izamuhindura ivu, kuko iyo ngoro yayigize iyayo kandi iyo Ngoro ni mwebwe.

18 Ntihakagire uwishuka. Nihagira umuntu muri mwe wibwira ko ari umunyabwenge uko ab’iki gihe babibona, abanze yemere kuba umupfu kugira ngo abone kuba umunyabwenge nyakuri.

19 Erega ubwenge bw’iyi si ku Mana ni ubupfu, nk’uko Ibyanditswe bivuga ngo:

“Imana ifatira abanyabwenge mu mutego w’uburiganya bwabo!”

20 Biravuga kandi ngo:

“Nyagasani azi ibyo abanyabwenge batekereza,

azi ko nta kamaro bifite.”

21 Bityo ntihagire uwiratana abantu kuko byose ari ibyanyu,

22 yaba Pawulo cyangwa Apolo cyangwa Petero, yaba isi cyangwa ubugingo cyangwa urupfu, byaba ibyo muri iki gihe cyangwa ibyo mu gihe kizaza byose ni ibyanyu,

23 kandi mwebwe muri aba Kristo, na Kristo ni uw’Imana.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/1CO/3-8670f28c7345e34210604e6dee462185.mp3?version_id=387—

Categories
1 Abanyakorinti

1 Abanyakorinti 4

Intumwa za Kristo

1 Abantu bajye badufata nk’abagaragu ba Kristo, bashinzwe amabanga y’Imana.

2 Icya ngombwa ku muntu washinzwe umurimo ni ukuba indahemuka.

3 Jye nta cyo bimbwiye munciriye urubanza, cyangwa se nduciriwe n’urukiko rusanzwe. Jyewe ubwanjye nta rubanza nicira.

4 Mu by’ukuri nta cyo umutima wanjye unshinja, nyamara si byo byemeza ko ndi intungane, ahubwo ni Nyagasani wenyine uncira urubanza.

5 Ni cyo gituma mutagomba kugira uwo mucira urubanza igihe kitaragera. Mutegereze ko Nyagasani azaza agashyira ahabona ibihishwe mu mwijima, kandi akagaragaza ibyo abantu bibwira. Ubwo ni bwo Imana izaha umuntu wese ishimwe rimukwiriye.

6 Bavandimwe, ibyo nivuzeho ubwanjye n’ibyo navuze kuri Apolo, nabivugaga ari mwe mbigirira kugira ngo mukurikize urugero rwacu, mumenye icyo iri jambo rivuga ngo: “Ntimukarenge ku Byanditswe”. Nuko ntimukirate mubogamira ku ruhande rw’umwe ngo murwanye undi.

7 Ese koko ni nde wakurutishije abandi? Ese hari icyo ufite utahawe n’Imana? Niba kandi waragihawe kuki wirata nk’aho utagihawe?

8 Ubu ga mumaze kurengwa! Mumaze kuba abakungu! Erega mubaye nk’abami twe tutabirimo! Icyampa ngo mube abami koko kugira ngo natwe twimikanwe namwe!

9 Twebwe Intumwa za Kristo nsanga Imana yaradushyize mu mwanya w’inyuma, dusa n’abaciriwe urwo gupfa. Twashyizwe ku karubandadushungerwa n’ab’isi, imbere y’abamarayika n’abantu.

10 Twebwe turi abapfu kubera Kristo, naho mwe muri we mwifata nk’abanyabwenge. Twebwe turi abanyantegenke naho mwe muri abanyambaraga. Mwebwe murubahwa naho twebwe tugasuzugurwa.

11 Kugeza n’ubu turasonza tukagira inyota, twambara ubusa tukagirirwa nabi kandi tuzerera hose,

12 tukaruha dukoresha amaboko yacu. Baradutuka tukabasabira umugisha, baradutoteza tukihangana,

13 baradusebya tukabavugisha neza. Kugeza n’ubu baduhinduye nk’icyavu cy’iyi si, mbese batugize nk’ibishingwe bose bajugunye.

14 Ibyo simbyandikira kubakoza isoni, ahubwo ni ukubaburira nk’abana banjye nkunda.

15 Nubwo muri Kristo mwagira ababarera ibihumbi icumi uwababyaye ni umwe, ni jye wababereye so muri Kristo kubera Ubutumwa bwiza nabagejejeho.

16 Ndabinginze rero nimukurikize urugero nabahaye.

17 Ni cyo gituma mbatumyeho Timoteyo, umwana wanjye nkunda kandi w’indahemuka kuri Nyagasani. Azabibutsa imibereho yanjye nkesha Kristo, nk’uko mbyigisha aho njya hose mu matorero yose.

18 Bamwe muri mwe bibwiye yuko ntazagaruka kubasura bibatera ubwirasi.

19 Nyamara Nyagasani nabishaka nzaza iwanyu vuba. Ubwo ni bwo nzirebera ububasha abo birasi bafite atari ukumva amagambo yabo gusa,

20 kuko ubwami bw’Imana atari amagambo gusa, ahubwo bufite ububasha.

21 Mbese icyo mwifuza ni iki? Ese ni uko naza iwanyu nzanye inkoni yo kubahana, cyangwa se ko naza mfite umutima w’urukundo n’ubugwaneza?

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/1CO/4-07815059b54feda77c33ebd4222ba7c5.mp3?version_id=387—

Categories
1 Abanyakorinti

1 Abanyakorinti 5

Ingeso ziteye isoni mu itorero rya Kristo ry’i Korinti

1 Inkuru yamamaye hose yuko muri mwe hari ubusambanyi, ndetse ubusambanyi bukabije butaboneka no mu batazi Imana. Bavuga ko umwe muri mwe atunze muka se!

2 Mbese muracyirata iki noneho? Ahubwo ga mwari mukwiriye kubabara, kandi umuntu wakoze ibyo agakurwa muri mwe.

3-4 Jyewe rero nubwo mutakimbona mumenye ko tukiri kumwe, kandi mu izina ry’Umwami wacu Yezu namaze gucira urubanza uwakoze ibyo ngibyo nk’aho mpari. Noneho ubwo muzakoranira hamwe nanjye nzaba nifatanyije namwe, muzakoreshe ububasha bw’Umwami wacu Yezu,

5 mushyikirize uwo muntu Satanikugira ngo umubiri we upfe, ariko ubugingo bwe buzakizwe ku munsi Nyagasani azaziraho.

6 Ubwirasi bwanyu si bwiza. Mbese ntimuzi wa mugani ngo “Agasemburo gake gatubura ifu yose?”

7 Nimwitunganye mwivanemo umusemburo wa kera kugira ngo mumere nk’umugati mushya udasembuwe, ni na ko muri. Koko kandi Kristo yatanzwe ho igitambo, ari we mwana w’intama wacu ugenewe umunsi mukuru wa Pasika.

8 Bityo rero twizihize uwo munsi mukuru, tudakoresha umusemburo wa kera w’ubugome n’ubugizi bwa nabi, ahubwo dukoreshe umugati udasembuwe w’ukuri utarangwaho uburyarya.

9 Mu rwandiko nabandikiye nababwiye kutifatanya n’abasambanyi.

10 Sinashakaga kuvuga abantu b’iyi si b’abasambanyi, cyangwa se b’abanyamururumba cyangwa ibisambo, cyangwa abasenga ibigirwamana. Kugira ngo umuntu yitandukanye n’abo bose agomba kuva ku isi.

11 Ahubwo nabandikiye yuko mutagomba kwifatanya n’umuntu wiyita umuvandimwe muri Kristo, kandi akaba ari umusambanyi cyangwa umunyamururumba, cyangwa usenga ibigirwamana cyangwa utukana, cyangwa umusinzi cyangwa igisambo. Ndetse n’umuntu nk’uwo ntimukanasangire.

12-13 Mbese birandeba gucira urubanza abatari aba Kristo? Imana ni yo izabacira urubanza. Ahubwo abo muri mwe ni bo mukwiriye gucira urubanza, nk’uko byanditswe ngo: “Muzakure inkozi z’ibibi muri mwe.”

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/1CO/5-b724d9dcb83bb7fac22021e624375277.mp3?version_id=387—

Categories
1 Abanyakorinti

1 Abanyakorinti 6

Imanza z’abavandimwe

1 Muri mwe hagize ugira icyo apfa na mugenzi we wemera Kristo, yahangara ate kumurega ku bacamanza basanzwe baca urwa kibera, aho gusanga intore z’Imana ngo zibunge?

2 Mbese ntimuzi yuko intore z’Imana zizacira ab’isi urubanza? Ese niba ari mwe muzacira ab’isi urubanza, mwananirwa mute guca imanza zoroheje?

3 Ntimuzi se ko n’abamarayika tuzabacira imanza, nkanswe kuzicira abantu b’iki gihe bafite ibyo bapfa?

4 Igihe mufite imanza nk’izo, kuki muzegurira abantu b’imburamumaro bari mu muryango wa Kristo?

5 Mbivugiye kubakoza isoni. Ese ni ukuvuga yuko nta munyabwenge n’umwe uri muri mwe wabasha kunga abavandimwe?

6 Ese atanabaho birakwiriye koko ko umuntu aburanya umuvandimwe we, kandi bagacirwa urubanza n’abatemera Kristo?

7 Erega izo manza mufitanye zirerekana ko ibyaha byabatsinze rwose! Kuki ahubwo mutakwemera kurenganywa? Kuki mutakwemera guhuguzwa ibyanyu?

8 Ibiri amambu ni mwe murenganya, mugahuguza abandi kandi ari abavandimwe banyu!

9 Mbese ntimuzi yuko abarenganya abandi batazabona umunani mu bwami bw’Imana? Ntimukibeshye. Inkozi z’ibibi n’abasenga ibigirwamana, abasambanyi b’ingaragu cyangwa abubatse n’abasambana bahuje igitsina,

10 abajura n’abanyamururumba n’abasinzi n’abatukana n’ibisambo, abo bose nta munani bazagira mu bwami bw’Imana.

11 Bamwe muri mwe ni ko mwari mumeze ariko ubu mwamaze kuhagirwa, mugirwa intore z’Imana, muba n’intungane, mubikesheje Nyagasani Yezu Kristo na Mwuka w’Imana yacu.

Imibiri yanyu iheshe Imana ikuzo

12 “Byose mbifitiye uburenganzira” (ni ko bamwe bavuga). Ni koko nyamara si ko byose bimfitiye akamaro. Yee, byose mbifitiye uburenganzira ariko nta na kimwe kizantegeka.

13 “Ibyokurya bigenewe inda, n’inda igenewe ibyokurya” (ni ko bavuga). Yee, nyamara Imana izabitsemba byombi. Umubiri ntiwagenewe ubusambanyi, ahubwo wagenewe guhesha Nyagasani ikuzo kandi Nyagasani akaba ari we uwugenga.

14 Imana yazuye Nyagasani Yezu, natwe izatuzura ikoresheje ububasha bwayo.

15 Mbese ntimuzi yuko imibiri yanyu ari ingingo z’umubiri wa Kristo? None se nafata ingingo z’umubiri wa Kristo nkazigira iz’indaya? Ntibikabeho!

16 Cyangwa se ntimuzi yuko umuntu wifatanya n’indaya, we na yo baba babaye umubiri umwe? Koko kandi Ibyanditswe bivuga ngo: “Bombi bazaba babaye umuntu umwe.”

17 Nyamara uwifatanya na Nyagasani aba abaye umwe na we mu by’ubugingo.

18 Mugendere kure ubusambanyi. Ibindi byaha byose umuntu akora biba bidakorewe mu mubiri, ariko usambana aba acumuye ku mubiri we.

19 Mbese ntimuzi yuko imibiri yanyu ari ingoro za Mwuka Muziranenge utuye muri mwe, mwahawe n’Imana? Ntimuri abanyu bwite ngo mwigenge,

20 kuko mwacunguwe mutanzweho ikiguzi. Kubera iyo mpamvu rero, mukoreshe imibiri yanyu ibyo guhesha Imana ikuzo.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/1CO/6-46f183773d1bf07a735642a258c774c9.mp3?version_id=387—

Categories
1 Abanyakorinti

1 Abanyakorinti 7

Ibibazo byerekeye gushyingiranwa

1 Ku byerekeye ibyo mwambajije mu rwandiko rwanyu, icyiza ni ukoumuntu atarongora.

2 Ariko kubera ko ubusambanyi bwabaye gikwira, ibyiza ni uko umugabo wese agira uwe mugore, n’umugore wese akagira uwe mugabo.

3 Umugabo ntakwiriye kwiyima umugore we, n’umugore na we ni uko ntakwiriye kwiyima umugabo we.

4 Umugore ntiyigenga ku mubiri we, ugengwa n’umugabo we, n’umugabo na we ni uko ntiyigenga ku mubiri we, ugengwa n’umugore we.

5 Ntihakagire uwiyima undi, keretse mubyumvikanyeho mugahāna igihe kugira ngo mubone uko musenga nta kibarogoya. Ariko hanyuma mwongere kubonana kugira ngo mutananirwa kwifata, Satani akabaca urwaho akabashuka.

6 Ibyo mbabwiye ndabibemereye gusa si itegeko ntanze.

7 Nakwifuza yuko abantu bose bamera nkanjye, ariko umuntu wese afite impano ye bwite yahawe n’Imana, umwe iye undi iye.

8 Abatarashaka bo muri mwe kimwe n’abapfakazi, ndababwira yuko icyiza ari uko bakomeza kumera nkanjye.

9 Ariko abadashoboye kwifata nibashyingiranwe, kuko kurongorana biruta kwicwa n’irari.

10 Dore itegeko ku bashyingiranywe, ariko si jye uribategeka ahubwo ni Nyagasani: umugore ntagatandukane n’umugabo we.

11 Icyakora aramutse atandukanye na we ntagashake undi mugabo, cyangwa se ajye yiyunga n’umugabo we. Umugabo na we ntakirukane umugore we.

12 Ku bandi dore icyo mvuga ku giti cyanjye, si Nyagasani ubivuga: umuvandimwe wese abaye afite umugore utemera Kristo, umugore we akaba yemera kugumana na we, uwo mugabo ntakamwirukane.

13 Bityo kandi n’umugore wo muri mwe aramutse afitwe n’umugabo utemera Kristo, umugabo we akemera kugumana na we, uwo mugore ntagatandukane n’umugabo we.

14 Erega umugabo utemera Kristo aba yeguriwe Imana bitewe n’umugore we, n’umugore utemera Kristo aba yeguriwe Imana bitewe n’umugabo we! Bitabaye bityo abana banyu baba bafite imiziro, nyamara atari ko biri kuko na bo beguriwe Imana.

15 Nyamara kandi utemera Kristo ashatse gutandukana n’uwo bashakanye nagende. Bibaye bityo uwo muvandimwe aba atakigengwa n’amategeko, kuko Imana yabahamagariye kuba mu mahoro.

16 Mbese wa mugore we, ubwirwa n’iki ko uzakiza umugabo wawe? Cyangwa se wa mugabo we, ubwirwa n’iki ko uzakiza umugore wawe?

Kugira imibereho ihuje no guhamagarwa k’umuntu

17 N’ubundi umuntu akomeze kuba nk’uko Imana yamugeneye, uko yari ari igihe Imana yamuhamagaraga. Uko ni ko ntegeka amatorero yose ya Kristo.

18 Niba umuntu yarahamagawe n’Imana yaramaze gukebwa ntakīgire nk’aho atakebwe, kandi niba yarahamagawe atarakebwa ntakirirwe akebwa.

19 Ari ugukebwa, ari ukudakebwa byose nta cyo bimaze. Icy’ingenzi ni ukumvira amategeko y’Imana.

20 Umuntu wese nagume uko yari ari igihe Imana yamuhamagaraga.

21 Mbese wowe igihe Imana yaguhamagaraga wari inkoreragahato? Ibyo nta cyo bigutwaye, ariko ubonye uburyo bwatuma uvanwa mu buja nakubwira iki?

22 Uwahamagawe na Nyagasani ari inkoreragahato aba avanywe mu buja na Nyagasani. Bityo rero n’uwahamagawe yigenga, aba ari umugaragu wa Kristo.

23 Imana yarabacunguye ibatangaho ikiguzi, ntimugasubire mu buja bw’abantu.

24 Nuko rero bavandimwe, umuntu wese nagumane n’Imana uko yari ari igihe yamuhamagaraga.

Ibyerekeye ingaragu n’abapfakazi

25 Ku byerekeye ingaragu, nta tegeko Nyagasani yampaye rizerekeye ariko ndabaha inama, kandi kuko Nyagasani yangiriye imbabazi, ndi umuntu mushobora kwizera.

26 Kubera ingorane zo muri iki gihe, ndasanga ibyiza ari uko umuntu yagumya kuba ingaragu.

27 Niba usanzwe ufite umugore ntugashake gutandukana na we. Niba uri ingaragu ntugashake kurongora.

28 Icyakora nubwo warongora ntiwaba ukoze icyaha, n’umukobwa w’inkumi ashyingiwe nta cyaha aba akoze. Ariko abubatse bazagira amakuba bakiriho, ni na yo nashakaga kubarinda.

29 Bavandimwe, dore icyo nshaka kuvuga: hasigaye igihe gito. Kuva ubu abafite abagore nibamere nk’abatabafite.

30 Abarira nibamere nk’abatarira, abanezerewe nibamere nk’abatanezerewe, abaguzi nibamere nk’abadafite icyo batunze,

31 n’abatunze iby’iyi si ntibagatwarwe na byo, kuko iyi si uko iteye igenda ishiraho.

32 Icyo mbifuriza ni uko mudahagarika umutima. Ingaragu iharanira ibya Nyagasani, igira ngo ibone uko imushimisha.

33 Naho umuntu warongoye aharanira iby’isi kugira ngo abone uko ashimisha umugore we.

34 Bene uwo aba afite imitima ibiri. Umugore udafite umugabo cyangwa umukobwa w’inkumi, aharanira ibya Nyagasani agira ngo amwiyegurire wese, umubiri n’umutima. Naho umugore ufite umugabo aharanira iby’isi, agira ngo abone uko ashimisha umugabo we.

35 Ibyo mbivugiye kubafasha si ukubahata. Ndagira ngo mwifate uko bikwiye, mubone uko mwegukira Nyagasani nta nkomyi.

36 Igihe umusore yasabye umukobwa, akumva ko yamurangaranye kuko yatinze kumurongora, umukobwa akaba agumiwe nashaka bashyingiranwe – nta cyaha azaba akoze.

37 Ariko niba uwo musore ntawe umuhase, akiyemeza kutarongora kandi akaba ashobora gukomera ku cyo yiyemeje, aretse uwo mukobwa yaba akoze neza kurutaho.

38 Nuko rero urongoye umukobwa yasabye aba akoze neza, naho utamurongoye aba arushijeho gukora neza.

39 Umugore aba ahambiriwe ku mugabo we igihe cyose uwo mugabo akiriho. Ariko aramutse apfuye uwo mugore aba afite uburenganzira bwo gushyingirwa uwo ashaka wese, apfa kuba umuyoboke wa Nyagasani.

40 Ariko uko jyewe mbibona, yarushaho kugubwa neza agumye uko ari, kandi ndibwira ko mbivuze nyobowe na Mwuka w’Imana.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/1CO/7-3059c5172a19246ef233b05cd7101141.mp3?version_id=387—

Categories
1 Abanyakorinti

1 Abanyakorinti 8

Inyama zaterekerejwe ibigirwamana

1 Ibyerekeye inyama zaterekerejwe ibigirwamana,tuzi ko twese “tujijutse”(nk’uko muvuga). Nyamara kujijuka gutera kwikuza, naho urukundo rurubaka.

2 Uwibwira ko hari icyo ajijutseho, aba atarakimenya uko bikwiye.

3 Nyamara umuntu ukunda Imana amenywa na yo.

4 None se biremewe kurya inyama zaterekerejwe ibigirwamana? Tuzi yuko ku isi ibigirwamana byose ari ubusa, kandi yuko Imana ari imwe rukumbi.

5 Nubwo hariho ibyo bita imana ku isi cyangwa mu ijuru – kandi koko hariho ibyitwa “imana”byinshi n’ibyitwa “abatware”byinshi –

6 nyamara twebwe dufite Imana imwe rukumbi ari yo Mubyeyi ibintu byose bikomokaho, akaba ari na yo twaremewe. Dufite kandi Umutware umwe gusa Yezu Kristo watumye ibintu byose bibaho, ari na we dukesha ubuzima.

7 Ariko ibyo ngibyo abantu bose ntibabisobanukiwe. Hariho abantu bamwe basanganywe akamenyero ko gusenga ibigirwamana, ku buryo iyo bariye inyama bibwira ko zaterekerejwe ikigirwamana, maze kubera intege nke zabo bakumva umutima ubarega ko bahumanye.

8 Ibyokurya si byo byatugeza ku Mana. Iyo tutariye ibyokurya ibi n’ibi nta cyo duhomba, n’iyo tubiriye nta cyo twunguka.

9 Nyamara mwirinde, kugira ngo ubwo burenganzira bwanyu butagusha mu cyaha abanyantegenke.

10 Koko se umuntu w’umunyantegenke akubonye wowe “ujijutse” urīra mu ngoro y’ikigirwamana, ntibyamutera kurya inyama zaterekerejwe kandi umutima we utabimwemerera?

11 Nuko rero uwo muvandimwe w’umunyantegenke Kristo yapfiriye azaba azize “kujijuka” kwawe.

12 Nimucumura mutyo ku bavandimwe banyu, mukanakomeretsa imitima yabo isanzwe idakomeye, muzaba mucumuye no kuri Kristo.

13 Kubera iyo mpamvu rero, niba hari ibyokurya byagusha umuvandimwe wanjye mu cyaha, sinzarya inyama bibaho kugira ngo ntamugusha.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/1CO/8-2b49adad08e8d8ce95c35703d26e8824.mp3?version_id=387—

Categories
1 Abanyakorinti

1 Abanyakorinti 9

Inshingano n’uburenganzira by’intumwa ya Kristo

1 Mbese simfite uburenganzira bwo kwishyira nkizana? Ese sindi Intumwa ya Kristo? Mbese siniboneye YezuUmwami wacu? Ese mwebwe ntimuri ikimenyetso kigaragaza umurimo Nyagasani yampaye gukora?

2 Nubwo ku bw’abandi ntaba Intumwa ye, ku bwanyu ho ngomba kuba yo. Ni mwe cyemezo kiranga ko ndi Intumwa ya Kristo mbihawe na Nyagasani.

3 Dore uko niregura ku bangenza.

4 Mbese simfite uburenganzira bwo gutungwa n’umurimo nkora?

5 Ese simfite uburenganzira bwo kugendana n’umugore wemera Kristo twashakanye, nk’izindi Ntumwa za Nyagasani n’abavandimwe be na Petero?

6 Cyangwa se ni jye na Barinaba twenyine tugomba gukorera ibidutunga?

7 Ni nde waba umusirikari akitunga? Ni nde watera ibiti by’imizabibu ntarye imbuto zabyo? Ni nde waragira ubushyo bw’inka ntanywe amata?

8 Mwe kugira ngo ibyo ndabivuga nshingiye ku bintu bisanzwe mu bantu gusa. Erega n’Amategeko ya Musa ni ko abivuga!

9 Muri ayo Mategeko handitswe ngo “Ntimugahambire umunwa w’ikimasa igihe gihonyōra ingano.” Mbese ni ukuvuga ko Imana yita ku bimasa gusa?

10 Mbese aho si twebwe cyane cyane yabivugiye? Ni koko byanditswe ku bwacu, kuko uhinga n’uhura bombi baba bafite icyo biringira kuzakura ku musaruro.

11 Twabibye muri mwe imbuto za Mwuka w’Imana, none se byaba bikabije dusaruye ku byo mwe mutunze?

12 Niba abandi bafite uburenganzira bwo kugira icyo bababonaho, ubwo se ntitububarusha?

Nyamara ntitwakoresheje ubwo burenganzira. Ahubwo twihanganiye byose, kugira ngo tudakoma mu nkokora Ubutumwa bwiza bwa Kristo.

13 Mbese ntimuzi yuko abakora mu Ngoro y’Imana iyo Ngoro ari yo ibatunga, n’abatamba ibitambo bakabihabwaho umugabane?

14 Ni na ko Nyagasani yategetse ngo abamamaza Ubutumwa bwiza batungwe na bwo.

15 Nyamara jyewe sinagize icyo nitwaza na kimwe muri ibyo ngibyo, kandi ibi simbyandikiye kugira ngo ngire icyo ndonka. Ikiruta ni uko napfa! Ntawe uteze kunyambura ishema niratana.

16 Kwamamaza Ubutumwa bwiza ntibyambera impamvu yo kwirata kuko ngomba kubikora byanze bikunze, ntabikoze naba ngushije ishyano.

17 Iyo mba nkora uyu murimo ari jye wawihitiyemo, nagombaga kuwuhemberwa. Ariko ubwo atari jye biturukaho, ni ngombwa ko nkora umurimo Imana yanshinze.

18 None se igihembo cyanjye ni ikihe? Ni ukwamamaza Ubutumwa bwiza ku buntu, ntiriwe nkoresha bwa burenganzira bwo gutungwa n’ubwo Butumwa.

19 Nubwo nishyira nkizana, nigize inkoreragahato ya bose ngo ndusheho kwigarurira benshi, kugira ngo mbageze kuri Kristo.

20 Iyo ndi mu Bayahudi, mba nk’Umuyahudi kugira ngo nigarurire Abayahudi. Iyo ndi mu batwarwa n’Amategeko mba nk’utwarwa na yo (nubwo jye ndatwarwa n’Amategeko), kugira ngo nigarurire abatwarwa na yo.

21 Iyo ndi mu batazi Amategeko, nanjye mba nk’utayazi kugira ngo nigarurire abatayazi – ibyo simbivugiye yuko ntazi Amategeko y’Imana, kuko Kristo ari we Tegeko ringenga.

22 Iyo ndi mu banyantegenke, mba umunyantegenke kugira ngo nigarurire abanyantegenke. Nigira nk’uko buri wese ameze, kugira ngo ibyo ari byo byose nkizemo bamwe.

23 Ibyo byose mbikora kubera Ubutumwa bwiza ngira ngo mbugireho uruhare.

24 Mbese ntimuzi yuko mu mikino, iyo abantu basiganwa, biruka bose, ariko umwe akaba ari we wegukana ikamba ho igihembo? Nuko rero namwe nimwiruke kugira ngo muzaryegukane.

25 Abarushanwa mu mikino bose bamenya kwifata ku buryo bwose. Bo babikorera kugira ngo begukane ikamba rishira vuba, ariko twebwe tubikorera kuzegukana ikamba ridashira.

26 Ni yo mpamvu nanjye niruka ntameze nk’utazi iyo agana, ngasa nk’ukina umukino wo guterana amakofi ariko simpushe.

27 Ahubwo mbabaza umubiri wanjye nkawukoresha agahato, kugira ngo ntazamara kwigisha abandi naho jye ngasigara ntemewe.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/1CO/9-d2a82148838f0d51df7c178e92896787.mp3?version_id=387—

Categories
1 Abanyakorinti

1 Abanyakorinti 10

Imiburo yerekeye ibigirwamana

1 Bavandimwe, sinshaka ko muyoberwa ukuntu ba sogokuruza bose bagendaga bayobowe na cya gicu, kandi bose bakambuka ya nyanja.

2 Bose babatirijwe muri cya gicu no muri ya nyanja, kugira ngo babe umwe na Musa.

3 Bose basangiye bya byokurya byavuye ku Mana,

4 bose banasangiye cya kinyobwa cyavuye ku Mana, kuko banyweraga kuri rwa rutare rwavuye ku Manarwagendanaga na bo, kandi urwo rutare rwari Kristo.

5 Ariko benshi muri bo ntibashimishije Imana, ni cyo cyatumye intumbi zabo zinyanyagira mu butayu.

6 Ibyo byabaye kugira ngo bitubere icyitegererezo cyo kutuburira, kugira ngo tutararikira ibibi nka bo.

7 Ntimukaramye kandi ibigirwamana nk’uko bamwe muri bo babigenje, ni na ko Ibyanditswe bivuga ngo: “Abantu baricara bararya baranywa, barangije barahaguruka barakina.”

8 Byongeye kandi ntitugasambane nk’uko bamwe muri bo basambanye, bigatuma abantu ibihumbi makumyabiri na bitatu muri bo bapfira umunsi umwe.

9 Nta n’ubwo dukwiriye kugerageza Nyagasani, nk’uko bamwe muri bo bamugerageje bakamarwa na za nzoka.

10 Ntimukitotombe nk’uko bamwe muri bo babigenje, umumarayika w’umurimbuzi akabamara.

11 Ibyabaye kuri abo bantu kwari ukugira ngo bibere abandi icyitegererezo, byandikiwe kutuburira kubera ko tugeze mu bihe by’imperuka.

12 Nuko rero uwibwira ko ahagaze yirinde atagwa.

13 Ntimwigeze muhura n’ikigeragezo na kimwe kidasanzwe mu bantu. Imana ni indahemuka, ntabwo izatuma mugeragezwa n’ibiruta ibyo mwabasha gutsinda. Ahubwo nimugeragezwa izabashoboza kubyihanganira, ibacire n’akanzu ngo mubone uko mubyivanamo.

14 Bityo rero ncuti nkunda, mwirinde gusenga ibigirwamana.

15 Ndabibabwira kuko muzi ubwenge, namwe nimusuzume ibyo mvuga.

16 Mbese cya gikombe cy’umugisha dushimira Imana tukakinyweraho, si ko gusangira amaraso ya Kristo? Naho se wa mugati tumanyura tukawuryaho, si ko gusangira umubiri wa Kristo?

17 Umugati turyaho ni umwe, bityo nubwo twe turi benshi turi umubiri umwe, kuko twese dusangira umugati umwe.

18 Nimurebere ku rubyaro rwa Isiraheli. Mbese abarya ku byatambiwe ku rutambiro rweguriwe Imana, ntibaba bagize ubusābane na yo?

19 Mbese ndashaka kuvuga ko ibigirwamana bifite akamaro, cyangwa se ko ibitambo byabiterekerejwe bifite akamaro?

20 Oya. Icyo mvuga ni uko abatura ibyo bitambo atari Imana babitura, ahubwo babitura ingabo za Satani. Sinshaka ko mugirana ubusābane n’ingabo za Satani.

21 Ntimushobora kubangikanya kunywera ku gikombe cya Nyagasani, no kunywera ku cy’ingabo za Satani. Ntimushobora kandi kubangikanya kurīra ku meza ya Nyagasani, no kurīra ku meza y’ingabo za Satani.

22 Cyangwa se tuba dushaka kwikorereza ugufuha kwa Nyagasani? Mbese tumurusha amaboko?

Ibikorwa byose bigomba guhesha Imana ikuzo

23 “Byose tubifitiye uburenganzira” (ni ko bamwe bavuga). Ni koko, nyamara si ko byose bifite akamaro. Yee, byose tubifitiye uburenganzira, ariko si ko byose byubaka ubugingo bw’umuntu.

24 Ntihakagire uwishakira inyungu ye bwite, ahubwo ayishakire abandi.

25 Mujye murya ibyaguriwe mu ibagiro byose mutiriwe mubaza, kugira ngo imitima yanyu itabacira urubanza,

26 kuko isi n’ibiyuzuye byose ari ibya Nyagasani.

27 Nihagira umuntu utemera Kristo ubararikira gusangira na we mukemera kujyayo, mujye murya ibyo abagaburiye byose mutiriwe mubaza kugira ngo imitima yanyu itabacira urubanza.

28 Ariko hagize ubabwira ati: “Izi nyama ni izaterekerejwe ibigirwamana”, ntimukazirye kubera ko abibabwiye no kubera gutinya gushinjwa n’umutima.

29 Umutima mvuga si uwanyu, ahubwo ni uwa wa wundi.

Ikindi rero, kuki uburenganzira mfite bwo kwishyira nkizana bwanegurwa n’undi ufite umutima umushinja?

30 Ubwo nshimira Imana ibyo ndya, kuki abantu bakwiha kunsebya kandi nabishimiye Imana?

31 Ari ukurya ari ukunywa, cyangwa ari ugukora ikindi kintu cyose, mujye mubikorera guhesha Imana ikuzo.

32 Mujye mwifata ku buryo mutabera imbogamizi Abayahudi, cyangwa abatari Abayahudi ndetse n’Umuryango w’Imana.

33 Jyewe ubwanjye, ngerageza gushimisha abantu bose muri byose ntita ku nyungu zanjye bwite, ahubwo nita ku za bose kugira ngo bakizwe.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/1CO/10-cf086e8a50815e166fe0a443e77fad22.mp3?version_id=387—