Categories
1 Abamakabe

1 Abamakabe 11

Urupfu rwa Putolemeyi wa gatandatu n’urwa Alegisanderi

1 Putolemeyi umwami wa Misiri akoranya ingabo nyinshi zingana n’umusenyi wo ku nyanja n’amato menshi, ashaka amayeri yo gutera igihugu cya Alegisanderi kugira ngo acyomeke ku cye.

2 Nuko Putolemeyi ajya muri Siriya abizeza amahoro, abantu bo muri iyo mijyi bamwugururira amarembo baramwakira. Umwami Alegisanderi yari yarabategetse kumwakira kuko yari sebukwe.

3 Ariko uko Putolemeyi yanyuraga muri buri mujyi, yawusigagamo umutwe w’ingabo.

4 Igihe yari ageze hafi y’umujyi wa Ashidodi, bamwereka ingoro ya Dagoni yatwitswe, amatongo y’umujyi n’insisiro ziwukikije, intumbi z’abantu zari zinyanyagiye impande zose n’ibisigazwa by’abo Yonatani yatwitse mu ntambara, kuko bari bagiye babirunda aho umwami aza kunyura.

5 Batekerereza Putolemeyi ibyo Yonatani yakoze byose kugira ngo amwamagane, ariko we aricecekera.

6 Nuko Yonatani ajya gusanganira umwami i Yope yabukereye, bararamukanya maze barara aho.

7 Bukeye Yonatani aherekeza umwami amugeza ku ruzi rwitwa Elewuteri, hanyuma agaruka i Yeruzalemu.

8 Naho Umwami Putolemeyi yigarurira imijyi yose yo ku nkombe kugeza kuri Selewukiya iri ku Nyanja, kandi akomeza gucura imigambi mibi yo kurwanya Alegisanderi.

9 Putolemeyi yohereza intumwa ku Mwami Demeteriyo ziramubwira ziti: “Ngwino tugirane amasezerano, nzaguha umukobwa wanjye Kilewopatira muka Alegisanderi kandi uzategeka igihugu cya so.

10 Koko rero ndicuza icyatumye mushyingira umukobwa wanjye kandi yarashatse kunyica.”

11 Putolemeyi yamuvugaga nabi kuko na we ubwe yashakaga kumunyaga igihugu.

12 Amunyaga umukobwa we amuha Demeteriyo ahita acana umubano na Alegisanderi, maze barangana ku mugaragaro.

13 Putolemeyi agera Antiyokiya ahatangariza ko abaye umwami. Atamiriza amakamba abiri, irya Misiri n’iry’ibihugu bikomatanyije by’iburengarazuba bwa Efurati.

14 Icyo gihe Umwami Alegisanderi yari muri Silisiya, kuko abantu bo muri ako karere bari bivumbagatanyije.

15 Alegisanderi amaze kumenya ibyo Putolemeyi yakoze ajya kumurwanya. Putolemeyi na we arahaguruka amusanganiza igitero gikomeye aramutsinda.

16 Alegisanderi ahungira muri Arabiya naho Putolemeyi araganza.

17 Umwarabu witwa Zabudiyeli, aca igihanga cya Alegisanderi acyoherereza Putolemeyi.

18 Umwami Putolemeyi na we apfa nyuma y’iminsi ibiri, ingabo yari yasize mu mijyi ntamenwa na zo zicwa n’abaturage.

19 Nuko Demeteriyo aba umwami mu mwaka wa 167.

Demeteriyo wa kabiri agirana amasezerano n’Abayahudi

20 Muri iyo minsi Yonatani akoranya abaturage b’u Buyuda kugira ngo batere ikigo ntamenwa cy’i Yeruzalemu, bahashinga imashini nyinshi z’intambara.

21 Nuko Abayahudi batubahiriza Amategeko kandi badakunda igihugu, bajya kubonana n’Umwami Demeteriyo bamumenyesha ko Yonatani yagose ikigo ntamenwa.

22 Umwami yumvise iyo nkuru ararakara cyane, ahita afata icyemezo cyo kujya i Putolemayida. Agezeyo yandikira Yonatani amusaba ngo areke kugota ikigo ntamenwa, ahubwo yihutire kujya kubonana na we i Putolemayida.

23 Yonatani akibona iyo baruwa, ategeka ko bakomeza kugota icyo kigo ntamenwa. Hanyuma atoranya bamwe mu bakuru b’Abayahudi no mu batambyi kugira ngo bamuherekeze, maze yigerezaho ajya muri urwo rugendo.

24 Nuko ajya i Putolemayida kubonana n’umwami Demeteriyo, amushyira ifeza n’izahabu n’imyambaro n’andi maturo menshi, bituma amwakira neza.

25 Bamwe mu Bayahudi batubahiriza Amategeko bagerageza kurega Yonatani,

26 ariko umwami amugenzereza nk’abamubanjirije, amugaragariza icyubahiro cyinshi imbere y’incuti ze.

27 Amukomereza umurimo we w’ubutambyi bukuru n’indi myanya y’icyubahiro yari yarahawe, kandi amuha umwanya w’ingenzi mu ncuti ze.

Amategeko mashya yashyiriweho Abayahudi

28 Nuko Yonatani asaba umwami kuvaniraho umusoro igihugu cy’u Buyuda, kimwe na za ntara eshatu zakuwe kuri Samariya. Na we asezeranya umwami kuzamuha ibiro ibihumbi umunani n’ijana by’ifeza.

29 Umwami arabyemera maze yandikira Yonatani muri aya magambo:

30 “Muvandimwe wanjye Yonatani namwe Bayahudi mwese, jyewe Umwami Demeteriyo ndabaramutsa.

31 Tuboherereje kopi y’ibaruwa twandikiye Lasiteni umubyeyi wacu, kugira ngo mumenye ibiyirimo.

32 Mubyeyi wanjye Lasitene,jyewe Umwami Demeteriyo, ndakuramutsa.

33 Niyemeje kugirira neza Abayahudi kubera ubudahemuka bangaragarije. Abayahudi ni incuti zacu kandi ibyo bakora bihuje n’ibyifuzo byacu.

34 Nongeye gushimangira uburenganzira bari barahawe ku gihugu cy’u Buyuda na za ntara eshatu ari zo Aferema, na Lida na Ramatayimu. Izo ntara n’uturere tuzikikije zavanywe kuri Samariya zomekwa ku Buyuda, kugira ngo umusaruro wazo ujye wunganira abajya gutamba ibitambo i Yeruzalemu. Kuva ubu ntibazongera guha umwami amakoro basabwaga buri mwaka, yavaga ku musaruro w’imyaka no ku mbuto zera ku biti:.

35 Mbavaniyeho kandi kimwe cya cumi cyari kingenewe ku musaruro, ku misoro isanzwe, ku mahōro y’umunyu no ku makoro y’ibwami.

36 Nta na kimwe muri ibi byemezo kizavanwaho, uhereye ubu ndetse no mu gihe kizaza.

37 Mukore kopi y’iyi nyandiko muyihe Yonatani, na we azayishyire ku musozi weguriwe Imana aho bose bayibona.”

Yonatani atabara Demeteriyo wa kabiri Antiyokiya

38 Umwami Demeteriyo abonye ko ku ngoma ye igihugu kiri mu ituze kandi ko ntawe ukimurwanya, asezerera ingabo ze zose buri wese asubira iwe. Ariko asigarana abacancuro yari yarakuye mu birwa byo mu Bugereki. Icyo cyemezo gituma yangwa n’ingabo yari yarasigiwe n’abamubanjirije.

39 Nuko Tirifoniwahoze ari umuyoboke wa Alegisanderi, abonye ko ingabo zose zinubira Demeteriyo, arahaguruka ajya kwa Yamiliko, wa Mwarabu wareraga Antiyokusiumuhungu wa Alegisanderi.

40 Agerageza kumvisha Yamiliko ko agomba kumuha uwo mwana kugira ngo asimbure se ku ngoma. Tirifoni amutekerereza icyemezo Demeteriyo yafashe, n’urwango ingabo ze zari zimufitiye. Nuko ahamara iminsi myinshi.

41 Yonatani na we yoherereza Umwami Demeteriyo ubutumwa, amusaba kuvana ingabo ze mu kigo ntamenwa cy’i Yeruzalemu no mu bindi bigo ntamenwa by’u Buyuda, kuko zari zikirwanya Abisiraheli.

42 Demeteriyo atuma kuri Yonatani ati: “Si ibyo gusa nzagukorera wowe n’igihugu cyawe, ahubwo nzaguhesha icyubahiro cyinshi igihe cyose bizaba bishoboka.

43 Icyiza wankorera ubu ni uko wanyoherereza ingabo zo kuntabara, kuko izanjye zose zanyigometseho.”

44 Yonatani amwoherereza ingabo ibihumbi bitatu z’intwari aho yari ari Antiyokiya. Demeteriyo azibonye aranezerwa cyane,

45 kuko abaturage bagera ku bihumbi ijana na makumyabiri bari bakoraniye mu mujyi wa Antiyokiya, bagambiriye kumwica.

46 Demeteriyo yari yahungiye mu ngoro ye, mu gihe abaturage bari bakwiriye hose mu mihanda batangiye kumutera.

47 Umwami na we ahamagara Abayahudi ngo bamutabare maze bose baramugoboka. Nuko bakwira mu mujyi, uwo munsi bica abantu bagera ku bihumbi ijana.

48 Umujyi barawutwika, uwo munsi batwara iminyago myinshi kandi bakiza umwami.

49 Abaturage babonye ko Abayahudi bigaruriye umujyi bitabagoye, bacika intege maze batakambira umwami bavuga bati:

50 “Duhe amahoro, utegeke Abayahudi bareke kuturwanya no gutera umujyi.”

51 Abaturage bafasha intwaro zabo hasi maze bagirana amasezerano y’amahoro n’umwami. Nuko Abayahudi bihesha icyubahiro imbere ya Demeteriyo n’abaturage bose, ibyo bituma bamamara mu igihugu cyose. Hanyuma basubira i Yeruzalemu bafite iminyago myinshi.

52 Umwami Demeteriyo aganza ku ntebe ya cyami, n’igihugu kigira ituze ku ngoma ye.

53 Ariko Demeteriyo yirengagiza amasezerano yari yaragize, yanga Yonatani kandi ntiyamwitura ibyiza byose yamugiriye, ahubwo atangira kumubuza amahoro.

Yonatani yifatanya na Antiyokusi wa gatandatu

54 Hanyuma y’ibyo, Tirifoni agaruka azanye na wa mwana Antiyokusi. Nubwo yari akiri muto bwose, Antiyokusi yambikwa ikamba maze aba umwami.

55 Ingabo zose Demeteriyo yari yarirukanye zifatanya na Antiyokusi, zirwanya Demeteriyo ziramutsinda arahunga.

56 Nuko Tirifoni afata inzovuajya kwigarurira Antiyokiya.

57 Wa musore Antiyokusi yandikira Yonatani amubwira ati: “Ngukomereje umurimo w’ubutambyi bukuru, ndetse nkweguriye n’ubutegetsi bwa za ntara enye, kandi ngushyize mu mubare w’incuti zanjye.”

58 Nuko amwoherereza ibyungo by’izahabu n’ibikoresho byo ku meza, amuha uburenganzira bwo kunywera mu bikombe by’izahabu, no kwambara igishura cy’umuhemba n’umudari w’izahabu.

59 Naho Simoni umuvandimwe wa Yonatani, amugira umutware guhera ku byambu by’igihugu cya Tiri akageza ku mupaka wa Misiri.

60 Yonatani arahaguruka ajya kuzenguruka ibihugu bikomatanyije by’iburengerazuba bwa Efurati, ava mu mujyi ajya mu wundi, maze ingabo zose za Siriya zifatanya na we. Nuko ajya Ashikeloni, abaturage b’uwo mujyi bamwakira neza cyane.

61 Avuye Ashikeloni ajya i Gaza, ariko abaturage ntibamwugururira amarembo y’umujyi. Nuko arawugota, arawusahura kandi atwika insisiro ziwukikije.

62 Abaturage b’i Gaza basaba Yonatani amahoro na we arayabaha, ariko afata abana b’abatware babo ho ingwate abohereza i Yeruzalemu. Hanyuma azenguruka igihugu kugera i Damasi.

63 Yonatani amenya ko abagaba b’ingabo ba Demeteriyo bageze i Kadeshi muri Galileya bazanye n’igitero gikomeye, bagambiriye kumubuza gusohoza umugambi we.

64 Nuko Yonatani ajya kubasanganira, ariko asiga Simoni umuvandimwe we mu Buyuda.

65 Simoni na we ajya gushinga ibirindiro i Betisuri, arahagota maze intambara imara igihe kirekire.

66 Abaturage baho bamusaba amahoro, na we arayabaha. Icyakora arabamenesha yigarurira umujyi wabo, kandi awushyiramo ingabo zo kuwurinda.

67 Naho Yonatani n’ingabo ze bari bashinze inkambi ku nkombe z’ikiyaga cya Genezareti, mu gitondo cya kare bajya mu kibaya cya Hasori.

68 Igitero cy’abanzi kiza kumurwanyiriza mu kibaya, ariko bari basize igico mu misozi cyo gutega Yonatani. Igihe rero icyo gitero cyagendaga kumusatira,

69 ba bantu bari muri cya gico baturumbuka mu bwihisho bwabo bashoza intambara.

70 Ingabo zose za Yonatani zirahunga ntihasigara n’umwe, uretse Matatiya mwene Abusalomu na Yuda mwene Kalifi, bombi bari abagaba b’ingabo.

71 Nuko Yonatani ashishimura imyambaro ye, yisiga umukungugu mu mutwe maze arasenga.

72 Hanyuma agaruka ku rugamba arwanya abanzi arabatsinda maze barahunga.

73 Ingabo ze zari zahunze zibibonye atsinze ziramugarukira, zimufasha gukurikirana abanzi kugera i Kadeshi aho inkambi yabo yari iri, na zo zihashinga inkambi yazo.

74 Uwo munsi hapfa abantu bagera ku bihumbi bitatu mu ngabo z’abanzi. Nuko Yonatani asubira i Yeruzalemu.

Categories
1 Abamakabe

1 Abamakabe 12

Yonatani avugurura amasezerano ye n’Abanyaroma

1 Yonatani abonye ko ibyo akora byose bimuhira, atoranya abantu abatuma i Roma kugira ngo bakomeze kandi bavugurure amasezerano y’ubucuti bagiranye n’Abanyaroma.

2 Yonatani yohereza ubundi butumwa nk’ubwo i Siparitano mu yindi mijyi.

3 Za ntumwa ziragenda zigera i Roma, binjira mu nzu y’inama nkuru maze baravuga bati: “Yonatani Umutambyi mukuru n’Abayahudi bose, batwohereje kuvugurura amasezerano y’ubucuti n’ubufatanye mwagiranye.”

4 Abagize inama nkuru babaha amabaruwa bazajya bashyikiriza abategetsi bo mu bihugu bazanyuramo, kugira ngo babafashe kuzagera amahoro mu gihugu cy’u Buyuda.

5 Dore ibikubiye mu baruwa Yonatani yandikiye Abanyasiparita:

6 “Bavandimwe bacu b’Abanyasiparita, jyewe Yonatani Umutambyi mukuru hamwe n’inama nkuru y’igihugu n’abatambyi n’Abayahudi bose turabaramutsa.

7 Hashize igihe Umutambyi wacu mukuru Oniyasi abonye ibaruwa y’umwami wanyu Areyasi, avuga ko muri abavandimwe bacu nk’uko iyi kopi ibyemeza.

8 Oniyasi yakiranye icyubahiro intumwa yanyu, kandi abona ibaruwa yasobanuraga neza ibyerekeye amasezerano y’ubucuti n’ubufatanye twagiranye.

9 Ku ruhande rwacu, nubwo tutifuzaga kugirana amasezerano nk’ayo kubera ko ingufu tuzikesha ibitabo biziranengedufite,

10 twiyemeje kubohereza ubutumwa bwo kuvugurura amasezerano y’ubuvandimwe n’ubucuti dufitanye, kugira ngo tutabana nk’abanyamahanga. Koko rero kuva mutwoherereje ubutumwa hari hashize imyaka myinshi.

11 Naho ubundi twebwe ntitwahwemye kubibuka buri gihe mu minsi mikuru no mu yindi minsi y’ikiruhuko, mu gutamba ibitambo no mu masengesho tuvuga. Koko birakwiye kandi biratunganye kwibuka abavandimwe.

12 Byongeye kandi twanejejwe n’ubwamamare bwanyu.

13 Naho twebwe twagwiririwe n’amakuba n’intambara z’urudaca, kubera ko abami duturanye baturwanyaga.

14 Twirinze kubarushya tubahuruza muri izo ntambara, mwebwe n’incuti zacu kimwe n’abandi twari twaragiranye amasezerano.

15 Koko rero twebwe twiringira Imana kuko ari yo idutabara. Yaratugobotse idukiza abanzi kandi ibakoza isoni.

16 Ubu rero twahisemo Numeniyo mwene Antiyokusi na Antipateri mwene Yasoni, tubatuma ku Banyaroma kugira ngo bavugurure amasezerano y’ubucuti n’ubufatanye twagiranye.

17 Izo ntumwa zacu kandi twazitegetse kuza iwanyu, kugira ngo babaramutse kandi babashyikirize ubutumwa bubasaba kuvugurura amasezerano yacu y’ubuvandimwe.

18 Tuzanezezwa n’igisubizo cyiza muzaduha.”

19 Dore ibikubiye muri iyo baruwa yohererejwe Oniyasi:

20 “Oniyasi Umutambyi mukuru, jyewe Areyasi umwami w’Abanyasiparita ndakuramutsa.

21 Twabonye inyandiko ivuga ibyerekeye Abanyasiparita n’Abayahudi, ihamya ko ari abavandimwe kandi bombi bakomoka kuri Aburahamu.

22 None rero ubwo tumaze kubimenya, byaba byiza mutwandikiye mukatumenyesha uko mumerewe.

23 Ku ruhande rwacu turabamenyesha ibi bikurikira: amatungo yacu n’ibyo dutunze muzabifate nk’ibyanyu, natwe ibyanyu tuzabifata nk’ibyacu. Bityo rero dutegetse intumwa zacu ngo zibagezeho ibyifuzo byacu.”

Ingabo za Demeteriyo zihunga Yonatani

24 Yonatani amenya ko abagaba b’ingabo ba Demeteriyo bagarutse kumurwanya, bafite igitero kiruta icya mbere.

25 Yonatani ahita ava i Yeruzalemu abasanga mu gihugu cya Hamati, ntiyatuma binjira mu gihugu cye.

26 Yohereza abatasi mu nkambi yabo, bagaruka kumumenyesha ko abanzi biteguye kubagwa gitumo mu ijoro.

27 Izuba rimaze kurenga Yonatani ategeka ingabo ze kuba maso, no kwitegura kurwana ijoro ryose. Nuko ashyira abarinzi mu mpande zose z’inkambi.

28 Abanzi bamenye ko Yonatani n’ingabo ze biteguye intambara, bagira ubwoba kandi bakuka umutima, basiga bacanye amakome y’umuriro mu nkambi maze barahunga.

29 Yonatani n’ingabo ze burinda bucya bataramenya ibyabaye, kubera ko bakomeje kubona imiriro yaka mu nkambi.

30 Yonatani arabakurikirana ariko ntiyabashyikira, kuko bari bambutse uruzi rwa Elewuteri.

31 Nuko Yonatani ahindukirana Abarabu bitwa Abazabadeyani arabatsinda, maze yigarurira ibyabo.

32 Hanyuma yimura inkambi ajya i Damasi, azenguruka iyo ntara yose.

33 Naho Simoni akomeza kurwana agera Ashikeloni no mu mijyi ntamenwa ihakikije, ahavuye ajya mu mujyi wa Yope arawigarurira.

34 Koko rero yari yarumvise ko abaturage bashakaga kwegurira uwo mujyi ntamenwa ingabo za Demeteriyo, ni ko kuhashyira ingabo zo kuharinda.

Yonatani akomeza Yeruzalemu

35 Yonatani agarutse i Yeruzalemu akoranya abakuru b’Abayahudi, bemeza kubaka ibigo ntamenwa mu Buyuda,

36 no kongera kubaka inkuta za Yeruzalemu no kuzamura urukuta rurerure rutandukanya ikigo ntamenwa n’umujyi. Yashakaga ko ingabo za Demeteriyo zikumirirwa mu kigo ntamenwa, ku buryo zitabasha kugira icyo zigura cyangwa zigurisha.

37 Nuko abaturage barakorana kugira ngo bongere bubake umujyi wa Yeruzalemu. Bagombaga gusana igice cy’urukuta ruherereye ku kibaya cyo mu burasirazuba rwari rwaraguye, basana kandi agace k’umujyi kitwa Kafenata.

38 Simoni na we yongera kubaka umujyi wa Hadidi wo mu karere k’imirambi, arawukomeza kandi awushyiraho inzugi zikingishije ibihindizo by’ibyuma.

Tiririfoni afata Yonatani

39 Tirifoni yifuzaga kuba umwami agategeka ibihugu bikomatanyije by’iburengerazuba bwa Efurati, no kwica Umwami Antiyokusi wa gatandatu.

40 Nyamara yatinyaga ko Yonatani azamubuza gusohoza umugambi we kandi akamurwanya, ni ko gushakisha uburyo bwose bwo kumufata kugira ngo amwice. Nuko arahaguruka ajya i Betishani.

41 Yonatani amusanganiza igitero cy’ingabo ibihumbi mirongo ine zimenyereye urugamba, maze na we ajya i Betishani.

42 Tirifoni abonye ko Yonatani azanye n’igitero kinini atinya kumurwanya,

43 ahubwo amwakirana icyubahiro kandi amuha amaturo. Hanyuma amwereka incuti ze zose, kandi azitegeka kubaha Yonatani nk’uko na we ubwe zimwubaha.

44 Nuko abaza Yonatani ati: “Kuki wagombye kunaniza izi ngabo zose kandi tutari mu ntambara?

45 Ngaho bohereze basubire iwabo, ariko utoranyemo bamwe baguherekeze, hanyuma uze tujyane i Putolemayida. Nzakwegurira uwo mujyi n’ibindi bigo ntamenwa, hamwe n’ingabo n’abagaba bazo bose bazaba bakiwurimo. Ibyo ni byo byanzanye ino, nibirangira nzitahira.”

46 Yonatani yemera ibyo Tirifoni amubwiye, yohereza ingabo ze zisubira mu Buyuda.

47 Asigarana gusa ingabo ibihumbi bitatu, ibihumbi bibiri muri zo abohereza muri Galileya, abandi igihumbi baramuherekeza.

48 Yonatani akimara kwinjira i Putolemayida, abaturage bahita bafunga amarembo y’umujyi, baramufata maze bamwicana n’abo bari kumwe bose.

49 Nuko Tirifoni yohereza muri Galileya no mu Kibaya kinini ingabo zigenza amaguru n’izirwanira ku mafarasi, kugira ngo batsembe ingabo zose za Yonatani.

50 Izo ngabo zimenya ko Yonatani yafashwe akicanwa n’abari bamuherekeje. Nuko bagira akanyabugabo maze barisuganya bitegura urugamba.

51 Abari babakurikiranye babonye ko Abayahudi barwanira gupfa no gukira, bisubirirayo.

52 Nuko ingabo zose zitahuka amahoro mu gihugu cy’u Buyuda, ariko bafite ubwoba bwinshi. Baririra Yonatani na bagenzi be maze igihugu cyose kijya mu cyunamo.

53 Amahanga yose abakikije na yo ashaka kubatsemba. Koko rero baravugaga bati: “Abayahudi nta mutware bagifite, nta n’umuntu bafite wo kubarengera. Nimuze tubarwanye tubatsembe, kugira ngo batazongera kwibukwa ukundi.”

Categories
1 Abamakabe

1 Abamakabe 13

Simoni asimbura Yonatani

1 Bukeye Simoniamenya ko Tirifoni yakoranyije igitero kinini, kugira ngo ajye kuyogoza igihugu cy’u Buyuda.

2 Simoni abonye ko abantu bose bagize ubwoba, arazamuka ajya i Yeruzalemu akoranya Abayahudi,

3 maze arabakomeza ababwira ati: “Muzi neza ibyo jyewe n’abavandimwe banjye n’umuryango wacu wose twakoze, kugira ngo turwanire ishyaka Amategeko n’Ingoro y’Imana. Muzi kandi intambara twarwanye n’amakuba yatugwiririye.

4 Ni na cyo cyatumye abavandimwe banjye bose bapfira gushira bazize kurengera Isiraheli, none nkaba nsigaye njyenyine.

5 Ntibikamvugweho ko nagerageje gukiza amagara yanjye igihe cyose cy’amakuba, kuko nta cyo ndusha abavandimwe banjye.

6 Ahubwo nzarwana kugira ngo ndengere ubwoko bwanjye n’Ingoro y’Imana, n’abagore banyu n’abana banyu, kuko abanyamahanga bashyize hamwe kugira ngo baturimbure babitewe n’urwango.”

7 Abayahudi bumvise ayo magambo ya Simoni bagira akanyabugabo,

8 bamusubiza mu ijwi riranguruye bati: “Ubaye umutware wacu mu cyimbo cya Yuda na Yonatani abavandimwe bawe.

9 Tuyobore mu ntambara turwana kandi icyo uzatubwira cyose tuzagikora.”

10 Nuko Simoni akoranya abantu bose bamenyereye intambara, yihutira kurangiza kubaka inkuta z’umujyi wa Yeruzalemu, arawukomeza impande zose.

11 Hanyuma yohereza Yonatani mwene Abusalomu i Yope n’igitero kinini, amenesha abaturage b’uwo mujyi maze arahatura.

Tirifoni abeshya Simoni hanyuma yica Yonatani

12 Bukeye Tirifoni ava i Putolemayida afite igitero kinini kugira ngo yinjire mu gihugu cy’u Buyuda, ajyana na Yonatani wari imfungwa akaba n’umuvandimwe wa Simoni.

13 Nuko Simoni araza ashinga inkambi i Hadidi, ahateganye n’ikibaya.

14 Tirifoni amaze kumenya ko Simoni yasimbuye umuvandimwe we Yonatani kandi yitegura kumurwanya, amutumaho intumwa kumubwira ziti:

15 “Imirimo umuvandimwe wawe Yonatani yari ashinzwe, yamusabaga gutanga ifeza zigashyirwa mu mutungo w’ibwami. None rero naramufunze kubera ko atabikoze.

16 Nzamufungura ari uko wohereje ibiro ibihumbi bibiri na magana arindwi by’ifeza, kandi ukohereza n’abahungu be babiri ho ingwate, kugira ngo atazaduhinduka amaze gufungurwa.”

17 Simoni yari azi ko Tirifoni amubeshya, ariko yohereza abajya kuzana ifeza n’abana. Koko rero yatinyaga ko abaturage bazamuhindukirana bavuga bati:

18 “Yonatani yazize ko Simoni atoherereje Tirifoni ifeza n’abana.”

19 Nuko yohereza abo bana n’ibiro ibihumbi bibiri na magana arindwi by’ifeza, ariko Tirifoni wari wamubeshye ntiyarekura Yonatani.

20 Hanyuma Tirifoni arahaguruka ajya gufata igihugu no kukiyogoza. Tirifoni n’ingabo ze babanza kuyobya uburari berekeza mu mujyi wa Adora, ariko Simoni n’ingabo ze bakomeza kubakurikirana aho bashakaga kunyura hose.

21 Muri icyo gihe abantu bari mu kigo ntamenwa cy’i Yeruzalemu bohereza intumwa kuri Tirifoni, bamusaba kwihutira kubageraho anyuze mu butayu, no kuboherereza ibibatunga.

22 Tirifoni rero ategura ingabo zirwanira ku mafarasi kugira ngo ajyeyo, ariko muri iryo joro hagwa urubura rwinshi cyane ntiyabishobora, ahubwo yerekeza mu gihugu cya Gileyadi.

23 Ageze hafi y’i Basikama yicisha Yonatani, maze bamuhamba aho ngaho.

24 Hanyuma Tirifoni yisubirira mu gihugu cye.

25 Nuko Simoni yohereza abantu kuzana umurambo wa Yonatani umuvandimwe we, bawushyingura i Modini mu mujyi wa ba sekuruza.

26 Abisiraheli bose baramuririra cyane, bamara iminsi myinshi bari mu cyunamo.

27 Simoni yubaka urwibutso rurerure ku mva ya se n’iy’abavandimwe be kugira ngo rujye rugaragarira kure, ku ruhande rw’imbere n’urw’inyuna ahataka amabuye asennye.

28 Nuko yubaka imva nini ndwi imwe iteganye n’indi, kugira ngo zibe urwibutso rwa se, urwa nyina n’urw’abavandimwe be uko ari bane.

29 Izo mva azikizaho inkingi ndende cyane azitakaho intwaro zose zakoreshwaga n’ingabo, kugira ngo bajye bahora bibuka Abamakabe. Iruhande rw’izo ntwaro ahashyira amashusho agaragara y’amato, kugira ngo abagenda mu nyanja bose bajye bayabona.

30 Iyo mva Simoni yubakishije i Modini iracyahari na n’ubu.

Demeteriyo wa kabiri ashimangira amasezerano yagiranye n’Abayahudi

31 Muri icyo gihe Tirifoni agirira nabi wa mwami w’umusore ari we Antiyokusi wa gatandatu, maze aramwica.

32 Nuko amusimbura ku ngoma,aba umwami w’ibihugu bikomatanyije byo mu burengerazuba bwa Efurati kandi ateza ibyago bikomeye mu gihugu.

33 Naho Simoni yongera kubaka ibigo ntamenwa byo mu Buyuda, abikikiza iminara n’inkuta ndende kandi abikingisha inzugi zifite ibihindizo by’ibyuma, maze ahahunika ibyokurya.

34 Hanyuma atoranya abantu abatuma ku Mwami Demeteriyo, kugira ngo bamusabe kuvaniraho u Buyuda imisoro bwari butegetswe gutanga, kuko nta kindi Tirifoni yari yarakoze atari ugusahura igihugu.

35 Umwami Demeteriyo yoherereza Simoni igisubizo gihuje n’ibyo amusaba, amwandikira agira ati:

36 “Simoni Umutambyi mukuru n’incuti y’abami, bakuru b’Abayahudi namwe Bayahudi mwese, jyewe Umwami Demeteriyo ndabaramutsa.

37 Twabonye ikamba ry’izahabu n’umukindo mwaduhaye ho impano. Twiteguye kugirana namwe amasezerano y’amahoro asesuye, no kwandikira abasoresha kugira ngo babavanireho imisoro.

38 Ibyo twari twarabasezeranyije turabyemeje, ndetse n’ibigo ntamenwa mwiyubakiye bizakomeza kuba ibyanyu.

39 Tubababariye amakosa n’ubuhemu bwose mwatugiriye kugeza ubu. Ntimuzongera gutanga umusoro udasanzwe wagenewe umwami, kandi niba hari n’andi mahōro mwajyaga mutangaga i Yeruzalemu, kuva ubu ntimuzongera kuyatanga.

40 Niba muri mwe hari abashobora kwinjira mu ngabo zirinda umwami tuzabemerera. Ahasigaye amahoro aganze muri twe.”

41 Mu mwaka wa 170ni bwo Isiraheli yibohoye ubutegetsi bw’abanyamahanga.

42 Nuko abaturage batangira gushyira amatariki ku nyandiko no ku masezerano ku buryo bukurikira: “Mu mwaka wa mbere w’ubutegetsi bwa Simoni Umutambyi mukuru, umugaba w’ingabo n’umukuru w’Abayahudi.”

Simoni afata Gezeri n’ikigo ntamenwa cy’i Yeruzalemu

43 Muri icyo gihe Simoni agota umujyi wa Gezeri,awukikiza ingabo. Yubaka n’umunara basunika awegereza inkuta z’umujyi, awucamo icyuho maze arawigarurira.

44 Abari muri uwo munara barasimbuka bagwa mu mujyi, bituma abantu bakangarana.

45 Abatuye uwo mujyi burira inkuta bari kumwe n’abagore babo n’abana babo, bashishimura imyambaro yabo kandi basakuriza icyarimwe, basaba Simoni ngo abahe amahoro.

46 Baravugaga bati: “Ntuduhanire ibibi twakoze ahubwo utugirire impuhwe!”

47 Simoni yemera kuva ku izima ahagarika intambara, ariko abamenesha mu mujyi. Nuko ahumanura amazu ayavanamo ibigirwamana byari biyarimo. Ibyo birangiye yinjirana n’ingabo ze mu mujyi wa Gezeri, baririmba indirimbo z’ibisingizo n’izo gushimira.

48 Avana mu mujyi ibyawuhumanyaga byose, ahashyira abantu bubahiriza Amategeko. Akomeza ibigo ntamenwa by’uwo mujyi kandi ahubaka inzu ye yo guturamo.

49 Abatuye mu kigo ntamenwa cy’i Yeruzalemu bo bari babujijwe gusohoka, kugira ngo batagira icyo bagura cyangwa bagurisha. Nuko barasonza cyane ndetse benshi muri bo barapfa bazize inzara.

50 Batakambira Simoni ngo abahe amahoro, na we arabyemera. Icyakora abamenesha mu kigo ntamenwa maze aragihumanura.

51 Abayahudi binjiye muri icyo kigo ntamenwa, ku itariki ya makumyabiri n’eshatu z’ukwezi kwa kabiri k’umwaka wa 171bishimye kandi bafite imikindo mu ntoki. Baririmbaga ibisingizo n’indirimbo biherekejwe n’amajwi y’inanga z’amoko yose n’ibyuma birangīra, kuko umwanzi ukomeye yatsinzwe kandi akameneshwa muri Isiraheli.

52 Simoni ategeka ko uwo munsi uzajya wizihizwa buri mwaka mu byishimo. Akomeza ibigo ntamenwa byari ku musozi wubatsweho Ingoro, ahateganye n’ikigo ntamenwa cy’i Yeruzalemu, arahatura we n’abantu be.

53 Simoni abonye ko umuhungu we Yohani amaze kuba mukuru, amugira umugaba w’ingabo zose. Nuko Yohani atura i Gezeri.

Categories
1 Abamakabe

1 Abamakabe 14

Ibigwi bya Simoni

1 Mu mwaka wa 172,Umwami Demeteriyo wa kabiri akoranya ingabo ze ajya mu gihugu cy’u Bumedi gushaka inkunga, kugira ngo arwanye Tirifoni.

2 Arizase umwami w’u Buperesi n’u Bumedi amenye ko Demeteriyo yinjiye mu gihugu cye, yohereza umwe mu bagaba b’ingabo ze ngo bamufate mpiri.

3 Uwo mugaba w’ingabo aragenda atsinda ingabo za Demeteriyo aramufata, amuzanira Arizase maze amushyira muri gereza.

4 Igihugu cy’u Buyuda kigira umutekano mu minsi yose Simoni yari akiriho.

Igihugu cye yagishakiye ibyiza,

Abayahudi bashimaga ubutegetsi bwe,

bashimaga n’icyubahiro yari yarahawe.

5 Yarushijeho kwamamara igihe afashe icyambu cy’i Yope,

yatumye Abayahudi bashobora kugera ku birwa byo mu Bugereki.

6 Yāguye igihugu cye,

yashoboye kukibumbatira.

7 Yabohoje imfungwa nyinshi z’intambara,

yigaruriye Gezeri na Betisuri,

yigaruriye n’ikigo ntamenwa cy’i Yeruzalemu aragihumanura.

Nta muntu n’umwe wamuhangaraga.

8 Abantu bahingaga imirima yabo mu mahoro,

imirima irarumbuka n’ibiti byo mu bibaya byera imbuto.

9 Abasaza biyicariraga ku bibuga baganira ku bihe byiza byabayeho,

abasore na bo batewe ishema no kwambara imyambaro ya gisirikari.

10 Simoni yahagije imijyi ibyokurya,

yayihaye intwaro zo kuyirinda.

Ubwamamare bwe bwageze ku mpera z’isi.

11 Yagaruye amahoro mu gihugu,

Isiraheli isābwa n’ibyishimo.

12 Umuntu wese azishyira yizane mu mizabibu n’imitini ye,

ntawe uzaba akimutera ubwoba.

13 Ababarwanyaga bari baravuye mu gihugu,

abami b’abanyamahanga bari baratsinzwe.

14 Simoni yagobotse abakene bo mu gihugu cye bose,

yubahirije Amategeko y’Imana,

yatsembye abagome n’abagizi ba nabi.

15 Ingoro yayigaruriye icyubahiro cyayo,

yayigwijemo ibikoresho byeguriwe Imana.

Abayahudi bavugurura amasezerano bagiranye n’Abanyasiparita n’Abanyaroma

16 Abanyaroma n’Abanyasiparita bumvise ko Yonatani yapfuye, barababara cyane.

17 Ariko Abanyasiparita bumvise ko Simoni umuvandimwe we yamusimbuye ku murimo w’ubutambyi bukuru, akigarurira igihugu n’imijyi yacyo,

18 bamwoherereza ibaruwa yanditse ku bisate by’umuringa, kugira ngo bavugurure amasezerano y’ubucuti n’ubufatanye bagiranye n’abavandimwe be, Yuda na Yonatani.

19 Nuko iyo ibaruwa isomerwa imbere y’ikoraniro i Yeruzalemu.

20 Dore ibikubiye mu ibaruwa yoherejwe n’Abanyasiparita:

“Simoni Umutambyi mukuru, abakuru b’Abayahudi, abatambyi namwe Bayahudi mwese, twebwe abategetsi n’abaturage b’umujyi w’Abanyasiparita turabaramutsa.

21 Intumwa mwatwoherereje zatumenyesheje ibyerekeye ubwamamare bwanyu n’icyubahiro mufite, kandi kuba baraje iwacu byaradushimishije.

22 Ibyo batubwiye twabyanditse mu byemezo bya rubanda ari byo ibi: Numeniyo mwene Antiyokusi, na Antipateri mwene Yasoni intumwa z’Abayahudi, baje iwacu kugira ngo bavugurure amasezerano y’ubucuti twagiranye.

23 Byashimishije rubanda kwakirana ubwuzu izo ntumwa, no gushyira ikopi y’ubutumwa bwabo mu bushyinguro bw’inyandiko z’igihugu, kugira ngo Abanyasiparita bajye babyibuka. Hakozwe na kopi y’iyo nyandiko yo koherereza Simoni Umutambyi mukuru.”

24 Ibyo birangiye Simoni yohereza Numeniyo i Roma, ajyanye ingabo nini y’izahabu ipima ibiro magana atanu by’ifeza, kugira ngo ahamye amasezerano bagiranye n’Abanyaroma.

Simoni aba Umutambyi mukuru n’umutware w’Abayahudi

25 Abayahudi bumve ibyabaye baravuga bati: “Mbese Simoni n’abana be tuzabitura iki?

26 Koko rero Simoni n’abavandimwe be ndetse n’umuryango wa se bagaragaje ko ari intwari, ntibahwemye kurwanya abanzi ba Isiraheli barabahashya, bityo igihugu cyacu kirishyira kirizana.” Nuko Abayahudi bafata ibisate by’umuringa babyandikaho, hanyuma iyo nyandiko bayishyira ku nkingi z’amabuye ku musozi wa Siyoni.

27 Dore ibikubiye muri iyo nyandiko:

“Ku itariki ya cumi n’umunani z’ukwezi kwa Eluli, mu mwaka wa 172,ari wo mwaka wa gatatu Simoni yari amaze abaye Umutambyi mukuru mu Ngoro y’Imana,

28 mu ikoraniro ry’abatambyi na rubanda, abategetsi b’igihugu n’abakuru b’Abayahudi batumenyesheje ibi bikurikira:

29 igihe hari intambara z’urudaca mu gihugu, Simoni mwene Matatiya ukomoka mu muryango wa Yoyaribu hamwe n’abavandimwe be, bemeye kwihara maze barwanya abanzi b’igihugu barwanira ishyaka Ingoro n’Amategeko, bityo bahesha igihugu cyacu ikuzo ry’agatangaza.

30 Yonatani yumvikanishije ubwoko bwacu, abubera Umutambyi mukuru mbere y’uko apfa.

31 Abanzi b’Abayahudi bashatse kwigabiza u Buyuda kugira ngo babuyogoze kandi basenye Ingoro.

32 Nuko Simoni arahaguruka arwanira igihugu cye. Atanga igice kinini cy’umutungo we kugira ngo ingabo z’igihugu zibone intwaro, kandi abahembe ibirarane.

33 Akomeza imijyi y’u Buyuda n’umujyi wa Betisuri wari ku mupaka w’igihugu, ari na wo wabikwagamo intwaro z’abanzi, awushyiramo ingabo z’Abayahudi.

34 Simoni yakomeje umujyi wa Yope wari ku nkengero y’inyanja, n’uwa Gezeri wari hafi y’akarere ka Ashidodi kari karigaruriwe n’abanzi. Muri iyo mijyi yombi Simoni ahatuza Abayahudi, ahashyira n’ibyangombwa byose bazakenera.

35 Abaturage babonye ubudahemuka bwa Simoni n’ukuntu yashakaga guhesha ikuzo igihugu cye, bamugira umutware n’Umutambyi mukuru bamushimira ibyo yari yarakoze byose, bamushimira kandi ubutabera n’ubudahemuka yagaragarije igihugu cye. Simoni yakoze uko ashoboye kose kugira ngo aheshe ishema igihugu cye.

36 “Mu buzima bwe bwose, Simoni yashoboye kwirukana mu Buyuda abanyamahanga n’ab’i Yeruzalemu bari batuye mu Murwa wa Dawidi. Abo bantu bari barahiyubakiye ikigo ntamenwa bakajya bagisohokamo bagiye guhindanya ahakikije Ingoro, no guhumanya bikabije ubuziranenge bwayo.

37 Nuko Simoni ashyira ingabo z’Abayahudi muri icyo kigo ntamenwa, aragikomeza kugira ngo ashimangire umutekano w’igihugu n’uwa Yeruzalemu, azamura n’inkuta z’umujyi.

38 Nyuma y’ibyo Umwami Demeteriyo wa kabiri akomeza Simoni mu murimo w’ubutambyi bukuru,

39 amubara mu ncuti z’umwami kandi amuha icyubahiro gikomeye.

40 Koko rero Umwami Demeteriyo yari yarumvise ko Abanyaroma bitaga Abayahudi incuti zabo, abifatanyije na bo n’abavandimwe, kandi ko bakiranye icyubahiro intumwa za Simoni.

41 “Umwami kandi yari yaramenyeshejwe ko Abayahudi n’abatambyi, basanze ari byiza ko Simoni n’abamukomokaho bagirwa abatware n’Abatambyi bakuru, kugeza igihe hazaboneka umuhanuzi ubikwiriye.

42 Simoni agirwa umugaba w’ingabo kandi ashingwa imirimo yerekeye Ingoro. Ni na we washyiragaho abakuru b’imirimo n’abategetsi b’igihugu, n’abashinzwe intwaro n’ibigo ntamenwa.

43 Simoni yari ashinzwe imirimo y’Ingoro. Abantu bose bagombaga kumwumvira, inyandiko zose z’ubutegetsi bw’igihugu zagombaga kwandikwa mu izina rye, kandi yari afite uburenganzira bwo kwambara igishura cy’umuhemba n’imidari y’izahabu.

44 “Nta muntu n’umwe muri rubanda cyangwa mu batambyi wari ufite uburenganzira bwo kurenga ku mabwiriza, cyangwa kuvuguruza amategeko ya Simoni, cyangwa guhamagaza inama mu gihugu atabimuhereye uburenganzira, cyangwa kwambara igishura cy’umuhemba cyangwa umudari w’izahabu.

45 Umuntu wese uzarenga kuri aya mabwiriza, cyangwa akirengagiza ingingo imwe muri yo azahanwa.

46 “Rubanda rwose baha Simoni uburenganzira bwo gukora akurikije ayo mabwiriza.

47 Simoni arabyemera, yumva ko agomba kurangiza inshingano yo kuba Umutambyi mukuru, umugaba w’ingabo n’umutware w’Abayahudi n’abatambyi, bityo agategeka igihugu cyoce.”

48 Abayahudi bemeza ko iyo nyandiko ishyirwa ku bimanyu by’umuringa, kandi bigashyirwa ahantu hagaragara mu kibuga cy’Ingoro.

49 Kopi z’iyo nyandiko zizashyirwa kandi mu bubiko bw’Ingoro, kugira ngo Simoni n’abana be bajye bazibona.

Categories
1 Abamakabe

1 Abamakabe 15

Ibaruwa Antiyokusi wa karindwi yandikiye Simoni

1 Antiyokusiwa karindwi umuhungu w’Umwami Demeteriyo wa mbere, igihe yari mu birwa byo mu Bugereki yandikiye Simoni Umutambyi mukuru n’umutware w’Abayahudi, n’igihugu cyose.

2 Dore ibyari bikubiye muri iyo baruwa:

“Simoni Umutambyi mukuru n’umutware w’Abayahudi, namwe Bayahudi mwese, jyewe Umwami Antiyokusi ndabaramutsa.

3 Abagizi ba nabi bigabije igihugu cya ba sogokuruza, none niyemeje kukigarura kigasubira uko cyari kimeze mbere. Koko rero nakoranyije ingabo nyinshi ntegura n’amato y’intambara,

4 kugira ngo njye kurwanya abashenye igihugu cyacu bakayogoza n’imijyi myinshi yacyo.

5 “None rero nkuvaniyeho imisoro yose n’amakoro, abami bambanjirije bari bagusoneye.

6 Nguhaye uburenganzira bwo gucurisha ifaranga ryawe, rikazagira agaciro mu gihugu cyawe.

7 Yeruzalemu n’Ingoro bizishyira byizane. Intwaro wacuze n’ibigo ntamenwa wubatse kandi ukaba ukibifite, bizakomeza bibe ibyawe.

8 Byongeye kandi kuva ubu ndetse n’igihe cyose, ukuriweho imyenda wari ufite n’iyo wagombaga kuzafata mu mutungo w’ibwami.

9 Nimara gusubirana ubutegetsi bw’igihugu cyanjye, nzaguhesha icyubahiro cyinshi wowe n’igihugu cyawe n’Ingoro y’i Yeruzalemu, ku buryo ikuzo ryawe rizamamara ku isi yose.”

Antiyokusi wa karindwi agota Tirifoni i Dora

10 Mu mwaka wa 174Antiyokusi ajya mu gihugu cya ba sekuruza ingabo zose ziramuyoboka, Tirifoni asigarana ingabo nke cyane.

11 Antiyokusi aramukurikirana, maze Tirifoni ahungira i Doriku nkengero y’inyanja.

12 Koko rero yari yamenye ko ibyago byamukoraniyeho, n’ingabo ze zikaba zamutereranye.

13 Nuko Antiyokusi araza agota umujyi wa Dori, ari kumwe n’ingabo zigenza amaguru ibihumbi ijana na makumyabiri, n’ibihumbi umunani zirwanira ku mafarasi.

14 Nuko agota uwo mujyi mu gihe amato na yo yari yawusatiriye ku nkengero y’inyanja, ku buryo nta washoboraga kuwusohokamo cyangwa kuwinjiramo, anyuze ku butaka cyangwa mu nyanja.

Ivugururwa ry’amasezerano y’Abayahudi n’Abanyaroma

15 Muri icyo gihe Numeniyo n’abo bari kumwe baza bavuye i Roma, bazanye amabaruwa yohererejwe abami b’ibihugu byinshi. Dore ibyari bikubiyemo:

16 “Umwami Putolemeyi, jyewe Lusiyusi umutware w’Abanyaroma ndakuramutsa.

17 Intumwa z’Abayahudi zoherejwe na Simoni Umutambyi mukuru n’Abayahudi bose, zaje iwacu nk’incuti kandi twunze ubumwe, kugira ngo tuvugurure amasezerano y’ubucuti n’ubufatanye twagiranye.

18 Bari bazanye ingabo y’izahabu ipima ibiro magana atanu by’ifeza.

19 Ni yo mpamvu rero twiyemeje kwandikira abami b’ibihugu byinshi, tubasaba kutagirira nabi Abayahudi no kutabarwanya, kudatera imijyi yabo cyangwa igihugu cyabo, no kutifatanya n’abashaka kubarwanya.

20 Twiyemeje kandi kwakira ingabo baduhaye ho impano.

21 Kubera iyo mpamvu nihagira abagizi ba nabi batoroka igihugu cyabo bagahungira iwanyu, mujye mubashyikiriza Simoni Umutambyi mukuru, kugira ngo abahane akurikije amategeko y’Abayahudi.”

22 Lusiyusi umutware w’Abanyaroma yoherereje kandi ibaruwa nk’iyo Umwami Demeteriyo na Atale, na Ariyarate na Arizase.

23 Yayoherereje n’ibihugu byose bikurikira: Sampusame na Siparita na Delosi, na Mindosi na Sisiyone na Kariya, na Samosi na Pamfiliya na Lisiya, na Halikarinase na Rode na Faselisi, na Kosi na Side na Aradosi, na Goritine na Kinida na Shipure na Sirene.

24 Kopi y’iyo baruwa yohererejwe kandi Simoni, Umutambyi mukuru.

Antiyokusi arenga ku masezerano ye na Simoni

25 Umwami Antiyokusi yari yaragose umujyi wa Dori n’insisiro ziwukikije, agahora awutera n’ingabo ze kandi akahashinga imashini z’intambara. Antoyokusi yari yaragoteye Tirifoni muri uwo mujyi, ku buryo nta muntu washoboraga kuwusohokamo cyangwa kuwinjiramo.

26 Simoni amwoherereza ingabo ibihumbi bibiri z’ingenzi zo kumwunganira, amwoherereza n’ifeza n’izahabu n’ibikoresho byinshi.

27 Nyamara Antiyokusi yanga kubyakira, ndetse asesa n’amasezerano yose bari baragiranye mbere, kandi amufata nk’umwanzi.

28 Amutumaho Atenobiyo, umwe mu ncuti ze kumubwira ati: “Wigaruriye imijyi y’igihugu cyanjye ari Yope na Gezeri, n’ikigo ntamenwa cy’i Yeruzalemu

29 kandi wayogoje igihugu cyabo. Wakoze ibibi bitagira ingano mu gihugu, kandi wigarurira n’uturere twinshi tw’igihugu cyanjye.

30 None rero ugomba gusubiza imijyi wafashe, hamwe n’imisoro yose wakuye muri utwo turere wigaruriye tutari utw’u Buyuda.

31 Niba ubyanze utange ibiro ibihumbi cumi na bitatu by’ifeza mu kigwi cy’iyo mijyi, wongereho n’ibindi biro ibihumbi cumi na bitatu by’ifeza byo kuriha ibyo wangije n’imisoro yakomotse muri iyo mijyi. Ibyo nibiramuka bibuze tuzaza tukurwanye.”

32 Atenobiyo incuti y’umwami ajya i Yeruzalemu. Agezeyo atangazwa no kubona ubukire bwa Simoni, akabati ke kuzuye ibikoresho by’izahabu n’ifeza, n’umuteguro utangaje. Nuko amugezaho ubutumwa bw’umwami.

33 Simoni aramusubiza ati: “Nta gihugu na kimwe cy’amahanga twigeze twigarurira, nta n’umutungo w’abandi twanyaze. Twigaruriye gusa ubutaka twarazwe na ba sogokuruza, ari na bwo abanzi bacu bari baratunyaze.

34 Icyo twakoze gusa ni uko twisubije mu gihe gikwiye, umurage twasigiwe na ba sogokuruza.

35 Naho ku byerekeye umujyi wa Yope n’uwa Gezeri usaba, abaturage bayo bateje ingorane mu bantu bacu no mu gihugu cyacu. Icyakora tuzaguha ibiro ibihumbi bibiri na magana arindwi ho ingurane z’iyo mijyi.”

Ariko Atenabiyo ntiyagira icyo asubiza.

36 Nuko asubira ibwami arakaye cyane, abwira umwami ibyo Simoni yamusubije kandi amutekerereza iby’ubukire bwe n’ibyo yari yabonye byose. Umwami ararakara cyane.

Kendebe atera Yudeya

37 Tirifoni afata ubwato ahungira i Oritoziya.

38 Umwami ashyiraho Kendebe, amugira umugaba mukuru w’ingabo z’akarere ko ku nyanja. Amuha ingabo zigenza amaguru hamwe n’izirwanira ku mafarasi,

39 amutegeka gushinga inkambi ahateganye n’u Buyuda. Yamutegetse kandi kongera kubaka umujyi wa Kederoni,no gukomeza amarembo yawo kugira ngo habe ibirindiro byo gutera Abayahudi. Naho umwami akurikirana Tirifoni

40 Nuko Kendebe ajya i Yaminiya, atangira kubuza amahoro Abayahudi, atera u Buyuda, afunga abantu kandi arabica.

41 Yongera kubaka umujyi wa Kederoni, ahashyira ingabo zirwanira ku mafarasi n’iz’igenza amaguru kugira ngo zijye zigenzura kandi zigabe ibitero mu mayira y’u Buyuda, nk’uko umwami yari yabitegetse.

Categories
1 Abamakabe

1 Abamakabe 16

Abahungu ba Simoni batsinda Kendebe

1 Bukeye Yohani ava i Gezeri, ajya kumenyesha se Simoni ibyo Kendebe yakoraga.

2 Nuko Simoni akoranya abahungu be bakuru bombi, ari bo Yuda na Yohaniarababwira ati: “Jye n’abavandimwe banjye ndetse n’umuryango wose wa data, twarwanyije abanzi b’Abisiraheli kuva mu buto bwacu kugeza ubu, kandi twashoboye kurengera Isiraheli incuro nyinshi.

3 Dore ubu ndashaje ariko Imana ishimwe kuko mwebwe mugifite imbaraga, mugomba rero kudusimbura jye n’umuvandimwe wanjye. Ngaho nimugende murwanirire igihugu cyacu, kandi Imana ibane namwe.”

4 Hanyuma ashaka mu gihugu ingabo ibihumbi makumyabiri zigenza amaguru n’izirwanira ku mafarasi zijya kurwanya Kendebe. Izo ngabo zirara i Modini,

5 maze mu gitondo cya kare zigenda zerekeje mu kibaya. Aho ni ho ingabo nyinshi zigenza amaguru n’izirwanira ku mafarasi zaje zibagana. Ibyo bitero byombi byari bitandukanyijwe n’umugezi.

6 Yohani n’abantu be bashinga ibirindiro ahateganye n’abanzi, ariko abonye ko abantu be batinye kwambuka umugezi arababimburira, na bo babibonye batyo baramukurikira.

7 Nuko Yohani agabanya ingabo ze mo kabiri, izirwanira ku mafarasi azishyira hagati y’izigenza amaguru, kubera ko ingabo z’umwanzi zirwanira ku mafarasi zari nyinshi cyane.

8 Hanyuma impanda ziravuga, imirwano iratangira maze Kendebe n’ingabo ze baratsindwa, benshi mu ngabo z’abanzi bagwa ku rugamba, abarokotse bahungira mu kigo ntamenwa cy’i Kederoni.

9 Yuda yari yakomerekeye ku rugamba, ariko Yohani umuvandimwe we akurikirana abahunze kugera i Kederoni, umujyi wari warasanwe na Kendebe.

10 Bamwe bashakira ubuhungiro mu minara yari mu cyaro bugufi bw’umujyi wa Ashidodi, maze Yohani arayitwika hapfamo abantu bagera ku bihumbi bibiri. Nuko Yohani yisubirira mu Buyuda amahoro.

Simoni aricwa, Yohani umuhungu we aramusimbura

11 Putolemeyi mwene Abubo yari yaragizwe umutware w’ikibaya cya Yeriko. Yari atunze izahabu n’ifeza nyinshi,

12 kuko yari umukwe wa Simoni Umutambyi mukuru.

13 Nuko ibyo bituma yirata ashaka kwigarurira igihugu, maze acura imigambi mibi yo kurimbura Simoni n’abahungu be.

14 Icyo gihe Simoni yazengurukaga igihugu asura imijyi, ashishikajwe no kureba iby’imitegekere yayo, amanuka i Yeriko ari kumwe n’abahungu be Matatiya na Yuda. Ubwo hari ku itariki ya cumi n’imwe z’ukwezi kwa Shebati, mu mwaka wa 177.

15 Umuhungu wa Abubo abakirira mu kigo ntamenwa gito cyitwa Dokiyari yarubakishije. Abazimanira neza ariko ntiyabagaragariza imigambi ye mibi, kandi ahisha abantu muri icyo kigo ntamenwa.

16 Simoni n’abahungu be bamaze gusinda, Putolemeyi n’abantu be babahukamo, bafata intwaro biroha kuri Simoni mu cyumba cy’ibirori baramwica, we n’abahungu be babiri na bamwe mu bagaragu be.

17 Uko ni ko Putolemeyi yakoze igikorwa kigayitse cy’ubugambanyi, yitura inabi uwamugiriye neza.

18 Nyuma y’ibyo Putolemeyi yoherereza Umwami Antiyokusi inyandikomvugo y’ibyabaye, ikubiyemo ubu butumwa. Yamusabaga kumwoherereza ingabo zo kumwunganira, kugira ngo ashobore kwigarurira imijyi n’igihugu.

19 Yohereza n’abandi bantu i Gezeri abategeka kwica Yohani. Yandikira n’abagaba b’ingabo abasaba kwifatanya na we, kandi abasezeranya kuzabaha izahabu n’ifeza n’impano.

20 Putolemeyi yohereza kandi abandi bantu i Yeruzalemu, kugira ngo bigarurire umujyi n’umusozi wubatsweho Ingoro.

21 Icyakora umuntu yihutira kujya i Gezeri hakiri kare, amenyesha Yohani ko se n’abavandimwe be bishwe, kandi aramubwira ati: “Putolemeyi yohereje abantu kugira ngo nawe bazakwice”.

22 Yohani yumvise iyo nkuru akuka umutima. Amaze kumenya ko bashaka kumwica, afata abantu bari boherejwe ku bw’uwo mugambi arabicisha.

23 Ibindi bikorwa bya Yohani, intambara yarwanye n’ibigwi bye, inkuta yubatse n’ibindi byose yakoze,

24 byanditswe mu gitabo cy’amateka y’ubutegetsi bwe nk’Umutambyi mukuru, kuva aho amariye gusimbura se.