Categories
Zaburi

Zaburi 93

Uhoraho aganje ku ngoma

1 Uhoraho aganje ku ngoma, yambaye ikuzo,

Uhoraho akenyeye ububasha nk’ukenyeye umukandara.

Koko isi irashimangiye ntizanyeganyega,

2 Uhoraho, kuva kera kose ingoma yawe ntiyigeze ijegajega,

uhereye mbere na mbere uhora uriho.

3 Uhoraho, imihengeri yarahoreye,

imihengeri yarahoreye cyane,

koko imihengeri yarahoreye irakotsora!

4 Nyamara Uhoraho, uganje mu ijuru,

urusha ububasha amazi menshi asuma,

urusha ububasha n’imihengeri y’inyanja.

5 Uhoraho, ibyo wategetse ntibyigera bihinyuka,

Ingoro yawe irangwa n’ubuziranengeiteka ryose.

Categories
Zaburi

Zaburi 94

Imana ihana abaca imanza zibera

1 Uhoraho Mana ihōra abanzi,

Mana ihōra abanzi igaragaze!

2 Wa Mucamanza w’abari ku isi we, haguruka,

hagurukira abirasi ubakanire urubakwiye.

3 Uhoraho, abagome bazageza ryari,

abagome bazageza ryari kwishima?

4 Abo bagizi ba nabi bose barirata,

basukiranya amagambo, bavugana agasuzuguro.

5 Uhoraho, bapyinagaza abantu bawe,

bakandamiza ubwoko wagize umwihariko.

6 Bica abapfakazi n’abanyamahanga bari mu gihugu,

bahotora n’impfubyi.

7 Baravuga bati: “Uhoraho ntabibona!

Imana ya Yakobo ntibyitaho.”

8 Mwa bicucu mwe, nimwite ku byo mbabaza,

mwa njiji mwe, mbese muzaca akenge ryari?

9 Mbese iyahaye umuntu ugutwi yo ntiyumva?

Mbese iyaremye ijisho yo ntireba?

10 Ese Imana icyaha amahanga ntizabahana?

Ni yo iha umuntu ubwenge.

11 Uhoraho azi ibyo umuntu agambirira,

azi ko nta kamaro bifite.

12 Uhoraho, hahirwa umuntu wowe ucyaha!

Hahirwa uwo wigisha Amategeko yawe!

13 Bityo umuha ituze mu bihe by’amakuba,

ukageza ubwo abagome bashirira mu rwobo bacukuriwe.

14 Koko Uhoraho ntareka abantu be,

ntazigera atererana ubwoko yagize umwihariko.

15 Azasubizaho ubutabera bushingiye ku butungane,

abafite imitima iboneye bose bazabushyigikira.

16 Ni nde uzangoboka agahaguruka akarwanya abagome?

Ni nde uzandenganura akankiza abagizi ba nabi?

17 Iyo Uhoraho atangoboka,

mba narahise njya iwabo w’abapfuye.

18 Iyo navugaga nti: “Ngeze kure kubi”,

Uhoraho, wankomezaga umutima kubera ineza yawe.

19 Iyo ibimpagaritse umutima byisukiranya,

urampumuriza ukangaruramo ibyishimo.

20 Wowe ntufatanya n’abicazwa no guca imanza z’urugomo,

bateza amakuba bitwaje amategeko.

21 Bishyira hamwe bakarwanya intungane,

bacira umwere urwo gupfa.

22 Naho jyewe, Uhoraho yambereye nk’ikigo ntamenwa,

Imana yanjye imbera urutare mpungiraho.

23 Izabahanira ibicumuro byabo,

izabatsemba kubera ubugome bwabo,

koko Uhoraho Imana yacu izabatsemba!

Categories
Zaburi

Zaburi 95

Kuramya Uhoraho

1 Nimuze turirimbire Uhoraho,

nimuze tumuvugirize impundu!

Ni we rutare rudukingira akaba n’Umukiza wacu.

2 Nimucyo tumusange tumushimire,

tumuvugirize impundu turirimba.

3 Koko Uhoraho ni Imana ikomeye,

ni Umwami ukomeye usumba izindi mana zose.

4 Imibande yose ni we uyitegeka,

impinga z’imisozi na zo ni ize.

5 Inyanja ni iye, ni we wayiremye,

imusozi na ho, ni we wahabumbabumbye n’ibiganza bye.

6 Nimuze tumuramye tumwikubise imbere,

nimucyo dupfukamire Uhoraho Umuremyi wacu.

7 Koko ni we Mana yacu,

natwe turi ubwoko bwayo iyobora,

turi n’umukumbi yiragirira.

Uyu munsi nimwumve icyo ibabwira iti:

8 “Ntimunangire imitima nk’uko byagenze i Meriba,

nk’uko wa munsi byagenze i Masamu butayu,

9 ubwo ba sokuruza bangeragezaga bampinyuza,

nubwo bari bariboneye ibyo nakoze.

10 Ab’icyo gihe nabarakariye imyaka mirongo ine,

ni ko kuvuga nti: ‘Ubu ubwoko buhora buteshuka,

ntibugenza uko nshaka.’

11 Nuko ndahirana uburakari nti:

‘Ntibateze kwinjira aho kuruhukira nagennye.’ ”

Categories
Zaburi

Zaburi 96

Uhoraho ni Umwami ukomeye

1 Mwa batuye ku isi yose mwe,

nimuririmbire Uhoraho indirimbo nshya,

koko nimuririmbire Uhoraho.

2 Nimuririmbire Uhoraho mumusingize,

buri munsi mujye mutangaza ko ari we ukiza.

3 Ikuzo rye murimenyekanishe mu mahanga,

ibitangaza akora mubimenyeshe abantu bose.

4 Koko Uhoraho arakomeye, akwiye gusingizwa bihebuje,

ni we ukwiye kubahwa kuruta izindi mana zose.

5 Erega imana z’abanyamahanga zose ni imburamumaro!

Nyamara Uhoraho we ni we waremye ijuru.

6 Ahorana icyubahiro n’ubuhangange,

ububasha n’ishimwe biganje mu Ngoro ye.

7 Mwa bantu b’amahanga yose mwe, nimurate Uhoraho,

nimurate ikuzo ry’Uhoraho n’ububasha bwe,

8 nimurate ko Uhoraho ari nyir’ikuzo.

Nimuze mu rugo rw’Ingoro ye mumuzaniye amaturo,

9 nimuramye Uhoraho kubera ko ari umuziranenge.

Mwa batuye ku isi yose mwe,

nimuhinde umushyitsi imbere ye.

10 Nimubwire abo mu mahanga muti:

“Uhoraho aganje ku ngoma.

Koko isi irashimangiye ntizanyeganyega.

Amahanga yose ayacira imanza zitabera.”

11 Ijuru niryishime n’isi inezerwe,

inyanja n’ibiyirimo nibirangīre.

12 Imisozi n’ibiyiriho byose nibyishime,

ibiti byose byo mu ishyamba na byo nibivuze impundu,

13 ibyo byose nibyidagadure imbere y’Uhoraho kuko agiye kuza,

koko agiye kuza gutegeka isi,

abo ku isi abategekeshe ubutungane,

amahanga yose ayategekane umurava.

Categories
Zaburi

Zaburi 97

Uhoraho ahebuje byose

1 Uhoraho aganje ku ngoma isi niyishime,

ibirwa byo mu nyanja nibinezerwe.

2 Ibicu n’umwijima biramukikije,

ubutegetsi bwe bushingiye ku butungane n’ubutabera.

3 Umuriro umubanjirije imbere,

impande zose abanzi be barakongoka.

4 Imirabyo ye imurikiye isi,

isi ibibonye iratingita,

5 imisozi ishonga nk’ibishashara imbere y’Uhoraho,

ishongera imbere ya Nyagasani ugenga isi yose.

6 Ijuru ritangaje ubutungane bwe,

amahanga yose yibonera ikuzo rye.

7 Abaramya amashusho y’ibigirwamana bose nibamware,

abirata ibigirwamana nibamware,

ibyitwa imana byose nibipfukamire Uhoraho.

8 Uhoraho, abatuye i Siyoni barabyumvise barishima,

abatuye imijyi y’u Buyuda baranezerwa,

baranezerwa kuko uca imanza zitabera.

9 Koko Uhoraho, usumba byose ku isi,

uhebuje izindi mana zose.

10 Mwa bakunda Uhoraho mwe, nimwange ibibi,

dore arinda indahemuka ze akazikiza abagome,

11 amurikira intungane,

ashimisha abafite umutima uboneye.

12 Mwa ntungane mwe, nimwishimire Uhoraho,

nimumusingize kuko ari Umuziranenge!

Categories
Zaburi

Zaburi 98

Uhoraho ni Umwami n’Umukiza

1 Zaburi.

Nimuririmbire Uhoraho indirimbo nshya,

nimumuririmbire kuko yakoze ibitangaza,

ububasha n’imbaraga ze zitagira amakemwa ni byo bituma atsinda.

2 Uhoraho yamenyekanishije ko ari Umukiza,

agaragariza amahanga ko ari intungane.

3 Yibutse ko yiyemeje kugirira Abisiraheli ineza n’umurava,

abo ku mpera z’isi bose biboneye ko Imana yacu yatsinze.

4 Mwa batuye ku isi yose mwe,

nimuvugirize Uhoraho impundu,

nimuturagare muririmbe mwishimye!

5 Nimucurangire Uhoraho inanga,

mumuririmbire hacurangwa umurya w’inanga.

6 Nimuvugirize impundu Umwami ari we Uhoraho,

mumuvugirize impanda n’amakondera.

7 Inyanja n’ibiyirimo byose nibirangīre,

isi n’ibiyiriho na byo nibirangīre.

8 Inzuzi nizikome mu mashyi,

imisozi na yo nituragare iririmbire Uhoraho.

9 Koko agiye kuza gutegeka isi,

abo ku isi abategekeshe ubutungane,

amahanga yose ayategekane ubutabera.

Categories
Zaburi

Zaburi 99

Uhoraho ni Umuziranenge

1 Uhoraho aganje ku ngoma,

amahanga nahinde umushyitsi.

Yicaye hagati y’abakerubi, isi nitingite.

2 Uhoraho arakomeye muri Siyoni,

agenga amahanga yose.

3 Amahanga nagusingize kuko ukomeye kandi ukwiye kubahwa,

koko uri Umuziranenge.

4 Mwami nyir’imbaraga ukunda ubutabera,

ni wowe washyizeho imigenzereze iboneye,

ushyiraho ubutungane n’ubutabera mu Bisiraheli.

5 Nimusingize Uhoraho Imana yacu,

nimwikubite imbere y’intebe ye ya cyamimumuramye,

koko ni Umuziranenge.

6 Mu batambyi be hāri Musa na Aroni,

mu bamwiyambazaga hāri Samweli,

abo bose baramwiyambazaga akabagoboka.

7 Yavuganiraga na bo mu nkingi y’igicu,

bakurikizaga amabwiriza n’amateka yabahaye.

8 Uhoraho Mana yacu, ni wowe wabagobokaga,

wababereye Imana yabagiriraga imbabazi,

nubwo wabahanaga iyo babaga bacumuye.

9 Nimusingize Uhoraho Imana yacu,

nimwikubite imbere ye ku musozi yitoranyirijemumuramye,

koko Uhoraho Imana yacu ni Umuziranenge!

Categories
Zaburi

Zaburi 100

Gushimira Uhoraho

1 Zaburi yo gushimira Uhoraho.

Mwa batuye ku isi yose mwe,

nimuvugirize Uhoraho impundu!

2 Nimuramye Uhoraho munezerewe,

nimuze imbere ye muririmba.

3 Nimumenye ko Uhoraho ari we Mana,

ni we watwiremeye natwe turi abe.

Turi ubwoko bwe turi n’umukumbi yiragirira.

4 Nimwinjire mu marembo y’Ingoro ye mumushimira,

nimwinjire muri urwo rugo mumusingiza.

Nimumushimire mumutake ibisingizo.

5 Koko Uhoraho agira neza,

imbabazi ze zihoraho iteka ryose,

umurava we uhoraho uko ibihe bihaye ibindi.

Categories
Zaburi

Zaburi 101

Intego umwami yiyemeje

1 Zaburi ya Dawidi.

Reka ndirimbe ineza n’ubutabera,

Uhoraho, abe ari wowe ncurangira.

2 Dore jye nzihatira kuba indakemwa

wowe se uzaza aho ndi ryari?

Iwanjye na ho nzakomeza kuba indakemwa.

3 Sinzihanganira ikidakwiye icyo ari cyo cyose,

ibikorwa by’abihakana Imana ndabyamagana,

ntaho mpuriye na byo.

4 Sinzagira umutima w’ubugome,

sinzigera nkora ikibi.

5 Usebya mugenzi we rwihishwa nzamucecekesha,

sinzihanganira abanyagasuzuguro n’abirasi.

6 Nzashaka abanyamurava mu gihugu,

mbatuze bugufi bwanjye,

indakemwa ni zo zizankorera.

7 Uriganya wese ntazaba iwanjye,

umunyabinyoma ntazampinguka imbere.

8 Uko bukeye nzajya nkuraho abagome bose mu gihugu,

inkozi z’ibibi zose nzajya nzimenesha mu murwa w’Uhoraho.

Categories
Zaburi

Zaburi 102

Isengesho ry’umunyamibabaro

1 Isengesho ry’umunyamibabaro waguye agacuho akaganyira Uhoraho.

2 Uhoraho, umva iri sengesho ryanjye,

ugutabaza kwanjye kukugereho.

3 Ningira amakuba ntukampunze amaso,

ujye untega amatwi,

igihe ngutabaje wihutire kuntabara.

4 Iminsi yo kubaho kwanjye iyoyotse nk’umwotsi,

umubiri wanjye urahinda umuriro nk’uw’amakara.

5 Ndarabiranye mbaye nk’ibyatsi birabye,

singishaka no kurya.

6 Mporana amaganya ku mutima,

narazonzwe nsigaye ndi amagufwa masa.

7 Nsigaye nigunze nk’uruyongoyongo rwo mu kidaturwa,

nibereye nk’igihunyira cyo mu itongo.

8 Sinkigoheka ndi jyenyine,

meze nk’inyoni yigunze hejuru y’inzu.

9 Abanzi banjye baransebya umunsi ukira,

abanyanga urunuka bangize indahiro.

10 Nsigaye ntunzwe n’ivu aho gutungwa n’ibyokurya,

ibyo nywa mbinywa mbitamo amarira,

11 ni ukubera ko wandakariye ukangirira umujinya.

Koko waranteruye unjugunya kure.

12 Iminsi yo kubaho kwanjye igeze ku iherezo,

ndarabiranye mbaye nk’ibyatsi.

13 Nyamara wowe Uhoraho, uhora uganje ku ngoma,

uzahora uri ikirangirire uko ibihe bihaye ibindi.

14 Uzahaguruka ugirire Siyoni impuhwe.

Erega iki ni cyo gihe cyo kuyigirira imbabazi,

koko icyo gihe kirageze!

15 Nubwo nta buye ryayo rikigeretse ku rindi,

abagaragu bawe turayikunda,

tuyigirira impuhwe nubwo yabaye amatongo.

16 Amahanga azatinya Uhoraho,

abami bose bo ku isi bazamuhesha ikuzo.

17 Koko Uhoraho azubaka Siyoni bundi bushya,

azigaragaza afite ikuzo.

18 Azita ku masengesho y’abakandamijwe,

ye kwirengagiza ibyo bamusaba.

19 Ibyo nibyandikirwe ab’igihe kizaza,

bityo abazavuka bazasingiza Uhoraho.

20 Uhoraho yarunamye ari mu Ngoro ye mu ijuru,

yitegereza isi yibereye mu ijuru,

21 yumva amaganya y’imfungwa,

afungūra abaciriwe urwo gupfa.

22 Bityo Uhoraho azamamazwa i Siyoni,

azasingizwa i Yeruzalemu,

23 azasingizwa igihe amahanga azaba yahakoraniye,

ibihugu by’abami bizaza kuramya Uhoraho.

24 Yacogoje imbaraga zanjye nkiri muto,

iminsi yo kubaho kwanjye arayitubya.

25 Ni ko kuvuga nti:

“Mana yanjye, dore ndacyari umusore ntunkureho.

Nyamara wowe uzahoraho uko ibihe bihaye ibindi.

26 Mbere na mbere wahanze isi,

ijuru na ryo ni umurimo w’intoki zawe.

27 Ibyo bizashiraho, ariko wowe uzahoraho,

byose bizasaza nk’umwambaro,

uzabihindagura nk’uhindura imyambaro bishireho.

28 Ariko wowe uzahora uri uko wahoze,

ntuzigera ugira iherezo.

29 Twebwe abagaragu bawe, abana bacu bazatura mu gihugu,

abazabakomokaho bazahora imbere yawe.”