Categories
Zaburi

Zaburi 63

Urukundo rw’Imana ruhebuje byose

1 Zaburi ya Dawidi. Yayihimbye igihe yari yarahungiye mu butayu bw’i Buyuda.

2 Mana, ni wowe Mana yanjye,

ni wowe wenyine nshaka cyane,

ndakwifuza ngufitiye inyota n’umutima wanjye wose,

dore ndi mu karere kazahajwe n’amapfa.

3 Mu nzu yawe ni ho nakuboneye,

nahabonye ububasha n’ikuzo byawe.

4 Koko urukundo rwawe rundutira kubaho,

ni cyo gituma nzajya nguhesha ikuzo.

5 Nzajya ngusingiza igihe cyose nkiriho,

ngusenge ngutegeye amaboko.

6 Nzanezerwa nk’uhaze ibiryo binuriye,

ngusingize nkuririmbira indirimbo.

7 Iyo ndyamye ndakwibuka,

nkesha ijoro ari wowe ntekereza.

8 Ntiwigeze uhwema kuntabara, warambundikiye,

ni cyo gituma nzajya nkuvugiriza impundu.

9 Nakubayeho akaramata,

wandamije ukuboko kwawe kw’indyo.

10 Hariho abampīgira kunyica,

nyamara ni bo bazapfa bajye ikuzimu,

11 inkota izabarya,

imirambo yabo iribwe n’imbwebwe.

12 Naho umwami azishima abikesha Imana,

abayihigira umuhigo bose bazayisingiza,

ariko abanyabinyoma bo bazacecekeshwa.

Categories
Zaburi

Zaburi 64

Imana ihana abavuga abandi nabi

1 Zaburi y’umuyobozi w’abaririmbyi, ni zaburi ya Dawidi.

2 Mana, wumve amaganya yanjye,

unkize umwanzi untera ubwoba.

3 Undinde abagome bangambanira,

undinde n’agatsiko k’abagizi ba nabi.

4 Batyaza akarimi kakamera nk’inkota ityaye,

amagambo yabo akomeretsa nk’imyambi,

5 bayakomerekesha rwihishwa indakemwa,

ntibatinya kuyivuga nabi bayitunguye.

6 Bashyigikirana mu bibi bavuga,

bahuza umugambi wo gutega imitego rwihishwa,

baribwira bati: “Ntawe uzigera abimenya.”

7 Banoganya umugambi wo kurenganya,

baravuga bati: “Umugambi wacu turawuboneje!”

Erega birakomeye gutahura amayeri y’umuntu!

8 Ariko Imana izabarasa imyambi yayo,

izabakomeretsa ibatunguye,

9 ibyo bavuze bizabagaruka barimbuke,

ubibonye wese azabazunguriza umutwe.

10 Bene muntu bose bazashya ubwoba,

bazasobanukirwa ibyo Imana igirira abantu,

batangaze ibyo yakoze.

11 Intungane niyishimire Uhoraho,

nabe ari we ihungiraho,

abafite imitima iboneye bose nibamusingize!

Categories
Zaburi

Zaburi 65

Imana ni yo itanga umusaruro utubutse

1 Indirimbo y’umuyobozi w’abaririmbyi, ni zaburi ya Dawidi.

2 Mana, ukwiye gusingizwa muri Siyoni,

ukwiye guhigurwa imihigo wahigiwe.

3 Wita ku masengesho y’abakwambaza,

ni yo mpamvu abantu bose bakugana.

4 Ibicumuro byacu byaradushegeshe,

ariko wowe warabitubabariye.

5 Hahirwa umuntu utoranya ukamwiyegereza,

ukamucumbikira mu rugo rw’Ingoro yawe.

Tuzahāga ibyiza biboneka iwawe,

mu Ngoro yakweguriwe.

6 Mana Mukiza wacu, uri intungane,

utugoboka ukoresheje ibikorwa bihambaye.

Abatuye ku mpera z’isi ni wowe biringira,

abatuye mu birwa by’iyo gihera na bo ni uko.

7 Ni wowe washimangiye imisozi,

wayishimangije ububasha n’imbaraga byawe.

8 Uhosha inyanja zarubiye n’imihengeri yazo,

uhosha n’imidugararo y’abanyamahanga.

9 Abatuye iyo gihera barakubaha kubera ibitangaza wakoze,

ab’iburasirazuba n’ab’iburengerazuba watumye bakuvugiriza impundu.

10 Mana, wita ku isi ukayivubira imvura,

uyihundazaho ubukungu,

imigezi yawe uyisendereza amazi,

ugaha abantu ibyo kubatunga.

Dore uko wateguye ubutaka:

11 wagushije imvura mu buhinge,

wayujuje mu mayogi isomya ubutaka,

umeza imbuto zibutewemo.

12 Watugiriye neza uduha umusaruro utubutse,

wanyanyagije ibisarurwa mu nzira abasarura banyuramo.

13 Wagushije imvura mu butayu inzuri ziratōha,

udusozi na two tumeraho ibyatsi n’indabyo.

14 Inzuri zizimagizwa n’imikumbi,

imibande itwikirwa n’imirima y’ingano,

ibintu byose birishima biririmba biranguruye!

Categories
Zaburi

Zaburi 66

Ibisingizo by’Imana igenga byose

1 Iyi ndirimbo ni zaburi y’umuyobozi w’abaririmbyi.

Mwa batuye ku isi mwese mwe,

nimuvugirize Imana impundu.

2 Nimuririmbe ikuzo ryayo,

nimuyisingize muyiheshe n’ikuzo.

3 Mubwire Imana muti:

“Erega ibyo wakoze biratangaje!

Abanzi bawe barabebera kubera ububasha bwawe buhambaye.

4 Abatuye ku isi bose bakwikubita imbere,

barakuririmba, koko barakuririmba.”

Kuruhuka.

5 Nimuze mwirebere ibyo Imana yakoze,

ibyo igirira bene muntu biratangaje.

6 Yagomeye Inyanja y’Uruseke,

yakamije n’uruzi rwa Yorodani,

ba sogokuruza bambukira ahumutse.

Nimucyo rero twishimire ibyo yakoze.

7 Imana ihora iganje kubera ububasha bwayo

abanyamahanga ibahozaho ijisho,

ntihakagire ibyigomeke biyigomekaho.

Kuruhuka.

8 Mwa banyamahanga mwe, nimusingize Imana yacu,

nimuyihimbaze muranguruye amajwi.

9 Yaraturinze ntitwapfa,

yaradukomeje ntitwahungabana.

10 Mana, waducishije mu bigeragezo,

watuboneje nk’uboneza ifeza.

11 Watugushije mu mutego,

waduhekesheje imitwaro iremereye.

12 Waduteje abarwanira ku mafarasi batunyura hejuru,

watunyujije mu muriro no mu mazi.

Nyamara ibyo byose warabidukijije,

uduha ishya n’ihirwe.

13 Nzazana ibitambo bikongorwa n’umuriro mu Ngoro yawe,

nzabizana nguhigure imihigo,

14 ni jye ubwanjye wayihize,

nyisezerana ngeze mu makuba.

15 Nzagutura ibitambo bikongorwa n’umuriro,

ari byo bitambo by’amatungo abyibushye,

nzagutura n’umubabwe w’amasekurume y’intama,

ngutambire n’ikimasa n’amasekurume y’ihene.

Kuruhuka.

16 Mwa bubaha Imana mwese mwe,

nimuze mutege amatwi mwumve,

mbatekerereze ibyo yankoreye.

17 Nayitakambiye nyitabaza,

nkomeza no kuyisingiza.

18 Iyo nza kugundira ibyaha byanjye,

Nyagasani Imana ntaba yaranyumvise,

19 ariko dore yaranyumvise,

yita ku masengesho yanjye.

20 Imana nisingizwe,

ntiyirengagije amasengesho yanjye,

ntiyaretse kungirira neza.

Categories
Zaburi

Zaburi 67

Amoko yose nasingize Imana

1 Zaburi y’umuyobozi w’abaririmbyi, ni indirimbo iririmbwa hacurangwa umurya w’inanga.

2 Mana, utugirire imbabazi uduhe umugisha,

uturebane impuhwe.

Kuruhuka.

3 Abo ku isi yose bamenye ibyo ushaka,

abo mu mahanga yose bahabwe agakiza kawe.

4 Mana, abantu b’amoko yose nibagusingize,

abantu bose nibagusingize.

5 Amahanga yose niyishime avuze impundu,

amoko yose uyacira imanza zitabera,

koko ni wowe ugenga amahanga yo ku isi.

Kuruhuka.

6 Mana, abantu b’amoko yose nibagusingize,

abantu bose nibagusingize.

7 Ubutaka bwararumbutse,

Imana ari yo Mana yacu izajya iduha umugisha.

8 Imana izajya iduha umugisha,

abatuye no ku mpera z’isi bazayubaha.

Categories
Zaburi

Zaburi 68

Igisingizo cyo gusanganira Imana

1 Indirimbo y’umuyobozi w’abaririmbyi, ni zaburiya Dawidi.

2 Imana nihaguruke,

abanzi bayo nibakwire imishwaro,

abo bayanga nibayihunge!

3 Nk’uko umwotsi uyoyoka,

abe ari ko Imana ibatatanya,

nk’uko umuriro uyagisha igishashara,

abe ari ko itsemba abagome.

4 Ariko intungane nizinezerwe,

nizishimire imbere y’Imana,

koko nizinezerwe zitwarwe n’ibyishimo.

5 Nimuririmbire Imana muyicurangire,

nimusingize ugendera ku bicu,

izina rye ni Uhoraho.

Cyo nimunezererwe imbere ye!

6 Imana iganje mu Ngoro yayo mu ijuru,

yita ku mpfubyi ikazibera Se,

irenganura n’abapfakazi,

7 Imana ni yo ishakira ba nyakamwe imiryango babamo,

ivana imfungwa muri gereza zigataha ziririmba,

ariko ibyigomeke ibihindira ku gasi.

8 Mana, igihe wayoboraga ubwoko bwawe,

igihe wari uburangaje imbere mu butayu,

Kuruhuka

9 imvura yaraguye isi itigitira imbere yawe,

Mana, yigaragarije ku musozi wa Sinayi,

Mana, Mana ya Isiraheli.

10 Mana, wagushije imvura nyinshi,

uhembura igihugu cyawe cyari cyarakakaye.

11 Aho ni ho ubwoko bwawe bwatuye,

Mana, wagize neza ugoboka abo banyamibabaro.

12 Nyagasani yavuze ijambo,

imbaga y’abagore bamamaza iyo nkuru bati:

13 “Abami n’ingabo zabo barirutse barahunga,

abagore bari basigaye imuhira,

aba ari bo batera iminyago imirwi.

14 Kuki mwashatse urwitwazo?

Kuki mutajyanye n’abandi ku rugamba?

Dore ingabo z’Abisiraheli zitabarukanye iminyago ya feza na zahabu.

15 Igihe Imana Nyirububasha yakwizaga imishwaro abami b’icyo gihugu,

ku musozi wa Salimoni amasimbi yaragwaga.”

16 Umusozi wa Bashani ni mwiza cyane,

uwo musozi wa Bashani ufite impinga nyinshi.

17 Mwa misozi ifite impinga nyinshi mwe,

kuki mugirira ishyari umusoziImana yitoranyirije guturaho?

Nta kabuza Uhoraho azawuturaho iteka ryose.

18 Imana yazanye n’amagare y’intambara atabarika,

ni ibihumbi n’ibihumbi

Nyagasani yavuye ku musozi wa Sinayi ataha mu Ngoro ye.

19 Uhoraho Mana, warazamutse,

ujya hejuru kuri Siyoniurahatura,

wajyanyeyo imfungwa ho iminyago,

abantu baguha impano,

ibyigomeke na byo byaraziguhaye.

20 Nyagasani nasingizwe,

ni we Mana Umukiza wacu, itwitaho buri munsi.

Kuruhuka.

21 Imana yacu ni yo Mana idukiza,

ni yo Uhoraho Nyagasani uturokora urupfu.

22 Koko Imana izajanjagura imitwe y’abanzi bayo,

izajanjagura ibihanga by’abihirimbije imisatsi, bahora bakora ibibi.

23 Nyagasani yaravuze ati:

“Abanzi nibahungira i Bashani nzabavanayo,

nibahungira n’ikuzimu mu nyanja na ho nzabakurayo,

24 bityo muzabateragura imigeri mubavushe amaraso,

imbwa zanyu na zo zizabarya zijute.”

25 Mana, abantu babonye imikimbagiro yawe,

Mana yanjye kandi Mwami wanjye,

barakubonye ukimbagira winjira mu Ngoro yawe.

26 Abaririmbyi ni bo bari bakurangaje imbere,

abacuranzi bari baguherekeje,

bose bari bakikijwe n’abakobwa bavuzaga ishakwe.

27 Bagira bati: “Nimusingize Imana mu makoraniro!

Mwa bakomoka kuri Isiraheli mwese mwe, nimusingize Uhoraho!”

28 Nuko habanza kuza ab’umuryango wa Benyamini,

nubwo ari we muhererezi,

hakurikiraho itsinda ry’abatware b’umuryango wa Yuda,

hakurikiraho abatware b’umuryango wa Zabuloni,

maze hakurikiraho abatware b’umuryango wa Nafutali.

29 Imana yanyu yabahaye kugira imbaraga,

Mana, ugaragaze imbaraga zawe nk’uko wabitugiriraga kera.

30 Abami bazakuzanira impano,

bazazigusangisha i Yeruzalemu mu Ngoro yawe.

31 Kangara ikinyamaswa cyo mu rufunzo,

ukangare n’ishyo ry’amapfizi n’inyana zayo,

ari bo banyamahanga,

nibakwikubite imbere baguture ifeza.

Utatanye amoko akunda kurwana.

32 Intumwa zikomeye zizaza zivuye mu Misiri,

ab’i Kushibazategera Imana amaboko bayiramye.

33 Mwa batuye ibihugu byo ku isi mwe,

nimuririmbire Imana,

nimucurangire Nyagasani.

Kuruhuka.

34 Ni we ugenda mu ijuru ryabayeho kuva kera,

avuga atontoma ijwi rye rikarangīra.

35 Nimutangaze ko Imana ari yo nyir’ububasha,

nimutangaze ko ari yo igenga Abisiraheli,

ububasha bwayo bugaragarira ku ijuru.

36 Mana, ufite igitinyiro uhereye mu Ngoro yawe.

Imana ya Isiraheli ni yo iha ubwoko bwayo ububasha n’imbaraga.

Imana nisingizwe!

Categories
Zaburi

Zaburi 69

Isengesho ry’umuntu utotezwa

1 Zaburi y’umuyobozi w’abaririmbyi, iririmbwa hacurangwa umurya w’inanga witwa “Indabyo z’amarebe”. Ni zaburi ya Dawidi.

2 Mana ntabara,

dore meze nk’ugiye kurohama!

3 Nasaye mu isayo ndende,

simfite aho nshyitsa ikirenge.

Ngeze mu mazi maremare,

umuvumba urenda kuntembana.

4 Mana yanjye, umuhogo wanjye urakakaye,

ndarushye sinkibasha gutaka,

nagutegereje ndaruha, amaso yaheze mu kirere.

5 Abanyanga ari nta mpamvu,

baruta ubwinshi umusatsi wanjye.

Erega abanzi banjye bandusha amaboko,

barashaka kundimbura,

barampatira kuriha ibyo ntibye!

6 Mana, ni wowe uzi ubupfu bwanjye,

ntuyobewe n’ibicumuro byanjye.

7 Nyagasani Uhoraho Nyiringabo,

abakwiringira be kumwara kubera jye,

Mana ya Isiraheli,

abakwambaza be gukorwa n’isoni kubera jye.

8 Nihanganira gutukwa bakunziza,

mu maso hanjye hagira ipfunwe.

9 Abo tuva inda imwe bamfata nk’uwo batazi,

bene mama bangira nk’umunyamahanga.

10 Ishyaka ngirira Ingoro yawe rirambaga,

ibitutsi bagutuka biranshegesha.

11 Iyo nigomwe kurya ndanarira,

ibyo na byo bituma bantuka,

12 iyo nambaye imyambaro igaragaza ko nihannye,

bampindura iciro ry’imigani.

13 Abicara ku marembo y’umujyi ni jye bavuga,

abasinzi na bo ni jye basindana.

14 Ariko Uhoraho, ni wowe nsenga,

Mana, untabare kubera imbabazi zawe nyinshi,

unkize ukurikije umurava wawe,

koko iki ni cyo gihe gikwiye.

15 Unkure mu isayo ne kongera gusaya,

undohore mu mazi maremare ari yo banzi banyanga.

16 Ntureke umuvumba w’amazi ngo untembane,

ntureke ndohama mu mazi maremare,

ikuzimu na ho he kumira.

17 Uhoraho, kubera imbabazi zawe ungirire neza untabare,

kubera impuhwe zawe nyinshi unyiteho.

18 Umugaragu wawe ntunyirengagize,

untabare vuba dore ngeze mu makuba,

19 mba hafi undengere, unkize abanzi banjye.

20 Wowe ubwawe uzi uko abantu bantuka,

bankoza isoni kandi bakantesha agaciro,

abanyanga bose urabazi.

21 Ibitutsi byanshegeshe umutima birananzahaza.

Nashatse uwangirira ibambe mbura n’umwe,

nshatse uwamara umubabaro sinamubona.

22 Bampaye ibyokurya birimo indurwe,

ngize inyota bampa divayi isharira.

23 Ibyokurya byabo nibibabere umutego nk’umwe wica nyirawo,

incuti zabo basangira na zo ziwugwemo.

24 Amaso yabo ahume atsiratsize,

imigongo yabo ihore ihetamye.

25 Ubahanane uburakari,

umujinya wawe ubagereho.

26 Ingo zabo zihinduke amatongo,

iwabo he kugira uhatura.

27 Nibibagendekere bityo kuko batoteza uwo wahannye,

banashinyagurira abo wakomerekeje.

28 Ibyaha byabo byose ujye ubibabaraho,

ntukagire na kimwe ubababarira.

29 Ubandukure mu gitabo cy’ubugingo,

be kwandikwa hamwe n’intungane.

30 Dore ndababara ngashenguka umutima.

Mana, nkiza unshyire aho ntahungabana.

31 Nzasingiza Imana nyiririmbe,

nzayitaka ibisingizo nyishimira.

32 Ibyo ni byo Uhoraho yishimira,

arabyishimira kurusha igitambo cy’ikimasa cyangwa icy’impfizi.

33 Aboroheje bazabona ko wantabaye maze bishime.

Mwa bambaza Imana mwese mwe, murakabaho!

34 Koko Uhoraho yita ku bakene,

ntiyirengagiza abe bari muri gereza.

35 Ijuru n’isi nibimusingize,

inyanja n’ibiyibamo byose na byo nibimusingize!

36 Koko Imana izakiza Siyoni,

imijyi y’u Buyuda izayubaka bundi bushya,

ubwoko bwayo buzongera buhature buhagire umunani.

37 Abakomoka ku bagaragu bayo bazaragwa icyo gihugu,

abakunda Imana bazagituramo.

Categories
Zaburi

Zaburi 70

Isengesho ryo gutabaza Imana

1 Zaburi y’umuyobozi w’abaririmbyi, yahimbiwe kuba urwibutso. Ni iya Dawidi.

2 Mana, ngwino unkize!

Uhoraho, tebuka untabare!

3 Abashaka kungomwa ubugingo nibamware bakorwe n’isoni.

Abanyifuriza ibyago nibasubire inyuma basuzugurwe.

4 Abavuga bati: “Awa wa!” Nibamware,

nibamware basubire inyuma,

5 naho abayoboke bawe bose nibakwishimire bisesuye.

Abishimira ko uri Umukiza wabo bajye bavuga bati:

“Imana nikuzwe!”

6 Naho jyewe ndi umunyamibabaro n’umukene,

Mana, tebuka ungoboke!

Ni wowe untabara ukandengera,

Uhoraho, ntutinde kuntabara!

Categories
Zaburi

Zaburi 71

Isengesho ry’umuntu ugeze mu za bukuru

1 Uhoraho, ni wowe mpungiraho,

ntugatume nigera nkorwa n’ikimwaro,

2 unkize ushingiye ku butungane bwawe,

unkize umvane mu kaga.

Ntega amatwi maze untabare,

3 umbere urutare niberamo,

njye mpora nduhungiramo,

koko wiyemeje kunkiza,

umbereye urutare n’ubuhungiro ntamenwa.

4 Mana yanjye, unkize amaboko y’abagome,

unkize abagizi ba nabi n’abanyarugomo.

5 Uhoraho Nyagasani, ni wowe niringiye,

ni wowe ngirira icyizere kuva mu buto bwanjye.

6 Kuva nkivuka ni wowe nisunga,

ni wowe wanyikuriye mu nda ya mama,

nzajya ngusingiza ubutitsa.

7 Benshi bibwira ko wangize ikivume,

nyamarawambereye ubuhungiro bukomeye.

8 Njya ngusingiza umunsi wose,

namamaza ikuzo ryawe.

9 Dore ndashaje ntuntererane,

ngeze mu za bukuru ntundeke.

10 Abanzi banjye barangambanira,

bajya inama bakanyubikira ngo banyice.

11 Baravugana bati: “Imana yamukuyeho amaboko,

nimucyo tumwirukeho tumufate,

nta wuzamudukiza.”

12 Mana, ntunjye kure,

Mana yanjye, tebuka untabare.

13 Abanshinja nibamware bashireho,

abanyifuriza ibibi nibakorwe n’isoni bagire ipfunwe.

14 Ariko jyeweho nzakomeza nkwiringire,

nzarushaho kugusingiza.

15 Nzajya namamaza ko uri intungane,

nziriza umunsi namamaza ko uri Umukiza,

erega ineza ugira nta wayirondora!

16 Uhoraho Nyagasani, nzaza imbere yawe,

nzashimagiza ibikorwa bihambaye wakoze,

nzamamaza ubutungane bwawe bwonyine.

17 Mana, kuva mu buto bwanjye waranyigishije,

kugeza n’ubu ndacyavuga ibitangaza wakoze.

18 Mana, dore ndi umusaza rukukuri ntuntererane,

reka menyeshe ab’iki gihe iby’imbaraga zawe,

nzamenyesha n’ab’igihe kizaza iby’ububasha bwawe!

19 Mana, wakoze ibitangaza,

ubutungane bwawe busesuye isi bukagera ku ijuru,

erega ntawe uhwanye nawe!

20 Wanteje ibyago n’amakuba menshi,

ariko uzampembura,

uzanzahura nk’umvanye ikuzimu.

21 Uzatuma abantu barushaho kunyubaha,

uzongera kumpumuriza.

22 Mana yanjye, Muziranenge wa Isiraheli,

nzasingiza umurava wawe ncuranga inanga nyamuduri,

nzagusingiza ncuranga n’inanga y’indoha.

23 Nzakuvugiriza impundu ncuranga,

nzagusingiriza ko wancunguye.

24 Nziriza umunsi namamaza ko uri intungane,

dore abanyifurizaga ibibi baramwaye bakorwa n’isoni.

Categories
Zaburi

Zaburi 72

Gusabira umwami umugisha

1 Zaburi y’Umwami Salomo.

Mana, uhe umwami kuba intabera nkawe,

uwo mwana w’umwami umugire intungane nkawe!

2 Azaciraubwoko bwawe imanza zitunganye,

abanyamibabaro bo mu bwoko bwawe azabarenganura.

3 Imisozi n’utununga bizazanira abantu ishya n’ihirwe,

bizaribazanira kubera ubutungane bwe.

4 Umwami azarenganura rubanda rugufi,

azarokora abakene,

azatsemba ababakandamiza.

5 Mana, nk’uko izuba n’ukwezi bihoraho,

abe ari ko abantu bazajya bahora bakubaha.

6 Umwami azagira neza amere nk’imvura igwa mu mirima,

azamera nk’imvura y’urujojo isomya ubutaka.

7 Ku ngoma ye intungane zizagubwa neza,

amahoro azasagamba ahoreho nk’uko ukwezi guhoraho.

8 Azategeka ahereye ku nyanja imwe ageze ku yindi,

azahera no ku ruzi rwa Efurati ageze ku mpera z’isi.

9 Abatuye mu butayu bazamwunamira,

abanzi be bazamupfukama imbere bakoze umutwe ku butaka.

10 Abami b’i Tarushishin’abo mu birwa bya kure,

bazamwoherereza impano,

abami b’i Sheba n’ab’i Seba,

na bo bazamutura amaturo.

11 Abami bose bazamwikubita imbere,

amahanga yose azamuyoboka.

12 Azagoboka umukene umutabaje,

azagoboka n’umunyabyago utagira kivurira.

13 Azagirira impuhwe abanyantegenke n’abakene,

abakene azabakiza urupfu.

14 Azabakiza agahato n’urugomo,

azabakiza kuko bafite agaciro kuri we.

15 Umwami arakabaho!

Abantu nibamuture zahabu yo muri Sheba,

bajye bamusabira umugisha umunsi wose,

bahore bamusengera iteka.

16 Igihugu kizarumbuka ingano nyinshi,

izo mu mpinga y’imisozi zizavuna sambwe,

zizarumbuka nk’izo ku misozi ya Libani.

Abatuye imijyi bazagubwa neza,

bazatohagira nk’ubwatsi bwo mu gasozi.

17 Umwami azogera iteka ryose!

Nk’uko izuba rihoraho,

izina rye ni ko rizahora ryogeye,

abantu azabahesha umugisha,

amahanga yose azamwita umunyehirwe.

18 Uhoraho Imana nasingizwe,

Imana ya Isiraheli nisingizwe,

ni yo yonyine ikora ibitangaza.

19 Imana nyir’ikuzo nisingizwe iteka ryose,

nikuzwe mu isi yose!

Amina! Amina!

20 Aha ni ho amasengesho ya Dawidi mwene Yese arangiriye.