Categories
Zaburi

Zaburi 23

Uhoraho ni umushumba mwiza

1 Zaburi ya Dawidi.

Uhoraho ni umushumba wanjye,

ntabwo nzagira icyo nkena.

2 Ampa kuruhukira mu rwuri rutoshye,

akanyuhira amazi y’urubogobogo.

3 Ni we ungaruramo intege,

ni indahemuka anyuza mu nzira nziza.

4 Nubwo nanyura mu gikombe gicuze umwijima,

nta kintu cyantera ubwoba.

Kuko wowe Uhoraho, uba uri kumwe nanjye,

uranyobora ukanandengera,

ibyo ni byo bimpumuriza.

5 Untegurira ibyokurya byiza,

abanzi banjye bakabura uko bangenza.

Unyakira iwawe nk’umushyitsi w’imena,

ukanzimanira ukandabagiza.

6 Koko ineza yawe n’imbabazi zawe bizambaho,

bizambaho igihe cyose nkiriho,

nanjye nzajya ngusengera mu Ngoro yawe,

nzahagusengera igihe cyose nzaba nkiriho.

Categories
Zaburi

Zaburi 24

Igisingizo cy’Umwami nyir’ikuzo

1 Zaburi ya Dawidi.

Isi n’ibiyuzuye byose ni iby’Uhoraho,

abayituyeho bose na bo ni abe.

2 Ni we wayishimangiye ku nyanja,

yayiteretse ku mazi menshi.

3 Ni nde uzemererwa kuzamuka umusozi w’Uhoraho?

Ni nde uzemererwa guhagarara mu Ngoro ye nziranenge iwubatseho?

4 Ni ufite ibikorwa bitagira amakemwa,

akagira umutima uboneye,

ntasenge ibigirwamanacyangwa ngo arahire ibinyoma.

5 Uhoraho azamuhundazaho imigisha,

Imana Umukiza we izamubara nk’intungane.

6 Iyo ni yo myifatire y’abayiyoboka,

abasenga Imana ya Yakobo ni ko bagenza.

Kuruhuka.

7 Nimukingure amarembo muyarangaze,

inzugi zabayeho kuva kera muzikingure,

Umwami nyir’ikuzo abone uko yinjira.

8 “Mbese uwo Mwami nyir’ikuzo ni nde?”

Ni Uhoraho nyir’imbaraga n’ubutwari,

ni Uhoraho intwari itsinda ku rugamba.

9 Nimukingure amarembo muyarangaze,

inzugi zabayeho kuva kera muzikingure,

Umwami nyir’ikuzo abone uko yinjira.

10 “Ariko se uwo Mwami nyir’ikuzo ni nde?”

Uwo Mwami nyir’ikuzo ni Uhoraho Nyiringabo.

Kuruhuka.

Categories
Zaburi

Zaburi 25

Isengesho ry’umuntu wiringiye Uhoraho

1 Zaburi ya Dawidi.

Uhoraho, ni wowe ndangamiye,

2 Mana yanjye, ni wowe nizeye ntuntamaze,

ntureke abanzi banjye banyivuga hejuru.

3 Koko abakwiringira bose ntuzabatamaza,

ahubwo abahemu abe ari bo uzatamaza.

4 Uhoraho, nyereka ibyo ushaka ko nkora,

unyigishe uko nkwiye kugenza.

5 Unyobore unyigishe guca mu kuri kwawe,

koko ni wowe Imana Umukiza wanjye,

ni wowe niringira iteka ryose.

6 Uhoraho, ujye ungirira impuhwe n’urukundo,

koko urabihorana iteka ryose.

7 Wirengagize ibyaha nakoze nkiri muto n’amafuti nagize,

ahubwo Uhoraho, ujye unyitaho kubera ineza yawe.

8 Uhoraho agira neza kandi ni intungane,

atoza abanyabyaha gukora ibyo ashaka.

9 Abicisha bugufi abayobora inzira itunganye,

abigisha gukora ibyo ashaka.

10 Ku bazirikana Isezerano ry’Uhoraho n’ibyo yategetse,

inzira zose abayobora zirangwa n’urukundo n’ukuri.

11 Uhoraho, ni wowe Mana,

umbabarire igicumuro cyanjye nubwo gikomeye.

12 Ese umuntu wubaha Uhoraho yamugirira ate?

Uhoraho amwigisha guhitamo imigenzereze ikwiye.

13 Uwo muntu azagira ishya n’ihirwe,

urubyaro rwe ruzaragwa igihugu.

14 Amabanga y’Uhoraho ayahishurira abamwubaha,

ibyo yabasezeranyije ni byo abibutsa.

15 Mpora mpanze amaso Uhoraho,

koko iyo nguye mu mutego awunkuramo.

16 Uhoraho, unyiteho ungirire impuhwe,

unyiteho kuko ndi nyakamwe n’umunyamibabaro.

17 Umutima wanjye wuzuye ishavu,

unkure mu makuba ndimo.

18 Itegereze umubabaro wanjye n’umuruho wanjye,

ubyitegereze umbabarire ibyaha byanjye byose.

19 Irebere ukuntu abanzi banjye ari benshi,

urebe ukuntu banyanga urunuka.

20 Undinde kandi unkize,

undinde ne kumwara kuko nguhungiyeho.

21 Uri intungane n’umunyamurava,

undinde kuko ari wowe niringira.

22 Mana, ucungure Abisiraheli,

ubakize amakuba yabo yose.

Categories
Zaburi

Zaburi 26

Umuntu w’umwere atabaza Imana

1 Zaburi ya Dawidi.

Uhoraho, ndenganura kuko ndi umwere,

Uhoraho, nkwiringira ntajijinganya.

2 Uhoraho, ngenzura ungerageze rwose,

usuzume ibyo nifuza n’ibyo nibwira.

3 Nzi ko uhora ungirira imbabazi,

mu mibereho yanjye nkurikiza ukuri kwawe.

4 Singendana n’abantu b’imburamumaro,

singirana ubucuti n’indyarya.

5 Agatsiko k’abagizi ba nabi nkagendera kure,

abagome singendana na bo.

6 Uhoraho, nzakaraba intoki ngaragaza ko ndi umwere,

mbone kuzenguruka urutambiro rwawe.

7 Erega nkugaragariza ishimwe ryawe,

ngatangariza abantu ibitangaza wakoze!

8 Uhoraho, nkunda Ingoro yawe ubamo,

ni yo nzu ikuzo ryawe rigaragariramo.

9 Ntumpanane n’abanyabyaha,

ntunantsembane n’abicanyi.

10 Abo ni abantu bahora bacura inama mbi,

bakereye kwakira ruswa.

11 Jyeweho nzakomeza kuba umwere,

ungirire impuhwe uncungure.

12 Nzahora ndi intungane,

sinzahwema gusingiza Uhoraho mu makoraniro y’abe.

Categories
Zaburi

Zaburi 27

Kubana n’Uhoraho bizana amahoro

1 Zaburi ya Dawidi.

Uhoraho ni we umurikira akankiza,

sinzagira uwo ntinya.

Uhoraho ni ubuhungiro bwanjye,

nta wantera ubwoba.

2 Iyo abagome banteye bashaka kunyica,

abo bagome ari bo banzi banjye bararimbuka,

abo babisha bagashiraho.

3 Nubwo igitero cyangota,

sinagira icyo ntinya.

Nubwo urugamba rwanyibasira,

nakomeza kwiringira Imana.

4 Uhoraho musaba ikintu kimwe gusa,

ni cyo cyonyine nifuza:

ni uguhora mu Ngoro ye musenga igihe cyose nkiriho,

nkibonera ukuntu Uhoraho agira neza,

ngategerereza ubushake bwe mu Ngoro ye.

5 Azahandindira mu gihe cy’amakuba,

mu Ngoro yeni ho azampisha,

azambera urutare runkingira.

6 Abanzi bampagurukiye nzabakina ku mubyimba.

Nzavugiriza Uhoraho impundu mu Ngoro ye,

nzamuririmbira indirimbo zo kumusingiza.

7 Uhoraho, ndakwinginze ntega amatwi,

ungirire impuhwe maze untabare.

8 Nzirikana ibyo wavuze uti: “Nimuntakambire”,

Uhoraho, dore ndagutakambira.

9 Umugaragu wawe ntunyirengagize,

ntunshushubikanye undakariye.

Mana Mukiza wanjye, ntunsige ntuntererane.

10 Nubwo data na mama bantererana,

wowe Uhoraho wanyitaho.

11 Uhoraho, unyereke uko nkwiye kugenza,

uncishe mu nzira itarimo akaga kuko hari abandwanya.

12 Ntungabize ababisha banjye ngo bankoze icyo bashaka.

Erega abanshinja ibinyoma barampagurukiye,

bagambiriye kunzanaho iterabwoba!

13 Nubwo bimeze bityo niringiye ko nzabona ubwiza bw’Uhoraho,

nzabubona igihe cyose nzaba nkiriho.

14 Wiringire Uhoraho, ukomere uhumure,

koko ujye uhora wiringiye Uhoraho.

Categories
Zaburi

Zaburi 28

Isengesho ryo gutabaza Uhoraho

1 Zaburi ya Dawidi.

Uhoraho Rutare runkingira,

ni wowe ntakambira ntiwice amatwi,

koko nutantabara ndamera nk’upfuye.

2 Ujye unyumva igihe cyose ngutakambiye,

igihe ngutegeye amaboko,

nyerekeje Icyumba cyawe kizira inenge cyane.

3 Ntumpanane n’abagome n’inkozi z’ibibi,

babwiza bagenzi babo akarimi keza,

nyamara ubugome bubashengura umutima.

4 Ubahembe ibikwiye ibyo bakoze,

ubahembe ibikwiranye n’ibibi byabo.

Ubiture inabi bagize,

ibyo bakoze bibagaruke.

5 Ntibita ku bikorwa by’Uhoraho,

nta n’ubwo bita ku byo yaremye,

ni cyo gituma azabarimbura akabatsemba.

6 Uhoraho nasingizwe,

koko yumvise ugutakamba kwanjye.

7 Uhoraho ni umunyambaraga nisunze,

ambera ingabo inkingira,

mwiringira mbikuye ku mutima,

arantabara nkabyishimira cyane,

nanjye muririmbira musingiza.

8 Uhoraho ni umunyambaraga abantu be bisunga,

ni we buhungiro akirizamo umwami yimikishije amavuta.

9 Uhoraho, kiza ubwoko bwawe,

ubwo wagize umwihariko wawe ubuhe umugisha,

ububere umushumba ujye ubukenura iteka ryose.

Categories
Zaburi

Zaburi 29

Ijwi ry’Uhoraho

1 Zaburi ya Dawidi.

Mwa bana b’Imanamwe, nimwogeze Uhoraho,

nimwogeze Uhoraho kubera ikuzo n’ububasha afite.

2 Nimwogeze Uhoraho kubera ikuzo afite,

nimumwikubite imbere mumuramye kubera ko ari umuziranenge.

3 Uhoraho arangururiye hejuru y’inyanja,

Imana nyir’ikuzo iranguruye ijwi nk’iry’inkuba ihinda,

koko Uhoraho arangururiye hejuru y’inyanja ngari.

4 Uhoraho aravuga aranguruye,

ijwi rye riranga icyubahiro cye.

5 Uhoraho aravuga ibiti by’inganzamarumbu bigasatagurika,

aravuga amasederi y’inganzamarumbu yo muri Libani akavunagurika.

6 Ibisi bya Libani byikinagura nk’inyana z’imitavu,

umusozi wa Herumoniukikinagura nk’icyana cy’imbogo.

7 Uhoraho aravuga imirabyo ikarabya,

8 ijwi rye rigatigisa ubutayu,

ubutayu bwa Kadeshibugatingita.

9 Uhoraho aravuga impara zikaramburura,

amashyamba na yo agahinduka inkokore.

Mu Ngoro ye bose ni ko kurangurura bati:

“Uhoraho nahabwe ikuzo.”

10 Uhoraho agenga inyanja,

Uhoraho ni Umwami uganje iteka ryose.

11 Uhoraho nahe ubwoko bwe imbaraga,

Uhoraho nabuhe umugisha bugire amahoro.

Categories
Zaburi

Zaburi 30

Uhoraho azahūra abantu be

1 Indirimbo yaririmbwe bataha Ingoro y’Imana. Ni zaburi ya Dawidi.

2 Uhoraho, ndagusingiza kuko wanzahūye,

ntiwatumye abanzi banjye banyishima hejuru.

3 Uhoraho Mana yanjye, naragutabaje,

naragutabaje unkiza indwara.

4 Uhoraho, wamvanye ikuzimu,

nari ngiye gupfa urampembura.

5 Mwa ndahemuka z’Uhoraho mwe, nimumuririmbire,

nimumusingize kuko ari umuziranenge.

6 Uburakari bwe ni ubw’akanya gato,

naho ineza ye ihoraho iteka ryose.

Umuntu ashobora gukesha ijoro arira,

naho igitondo cyatangaza akavuza impundu.

7 Numvise ntunganiwe ndibwira nti:

“Ntakizigera kimpungabanya.”

8 Uhoraho, wangiriye neza,

wanshyize aho umubisha atamenera,

ariko unyihishe mpagarika umutima.

9 Uhoraho, ni wowe ntakira,

Nyagasani, ni wowe ntakambira.

10 Mbese mpfuye byakumarira iki?

Ese ngiye ikuzimu wakunguka iki?

Mbese umuntu warengejweho igitaka yakongera kugusingiza?

Ese yakongera kwamamaza umurava wawe?

11 Uhoraho, ntega amatwi ungirire impuhwe,

Uhoraho, ngwino untabare.

12 Umuborogo wanjye wawuhinduye imbyino y’ibyishimo,

watumye niyambura imyambaro igaragaza umubabaro,

utuma nambara igaragaza ibyishimo.

13 Bityo nzahora nkuririmba mbikuye ku mutima.

Uhoraho Mana yanjye, nzagushimira ubuziraherezo.

Categories
Zaburi

Zaburi 31

Kwiringira Uhoraho mu gihe cy’akaga

1 Zaburi y’umuyobozi w’abaririmbyi. Ni iya Dawidi.

2 Uhoraho, ni wowe mpungiraho,

ntugatume nigera nkorwa n’ikimwaro,

unkize ushingiye ku butungane bwawe.

3 Ntega amatwi utebuke undengere,

umbere urutare runkingira,

umbere n’ubuhungiro ntamenwa, unkize.

4 Koko umbereye urutare n’ubuhungiro ntamenwa,

girira izina ryawe unjye imbere unyobore.

5 Uzategura umutego banteze,

koko uri ubuhungiro bwanjye.

6 Uhoraho Mana y’ukuri, nishyize mu maboko yawe,

koko ni wowe uzancungura.

7 Nanga abayoboka ibigirwamana,

Uhoraho, ni wowe niringira,

8 nzajya nezerwa nishimire ubuntu ungirira,

koko wabonye imibabaro yanjye,

umenya intimba inshengura umutima.

9 Ntiwampanye mu maboko y’umwanzi,

watumye nshinga ibirenge ndishyira ndizana.

10 Uhoraho, ngirira impuhwe kuko ndi mu kaga,

kubera agahinda mu maso hanjye harasuherewe,

umubiri wanjye n’umutima wanjye na byo byarashegeshwe.

11 Koko imibereho yanjye ni imiruho misa,

amaganya anshajishije imburagihe,

nzahajwe n’ibicumuro nakoze,

ingingo zanjye na zo zirarekanye.

12 Abanzi banjye batuma ntukwa,

abaturanyi banjye na bo bakandushiriza.

Abasanzwe banzi barantinya,

abo duhuye bakanyitaza.

13 Nibagiranye nk’uwapfuye,

meze nk’igikoresho kitagifite umumaro.

14 Numva abantu benshi bamvuga nabi,

hirya no hino bakanshyiraho iterabwoba.

Bishyira hamwe bakandwanya,

barangambanira ngo banyice.

15 Ariko Uhoraho, ni wowe niringira,

ndavuga nti: “Uri Imana yanjye!”

16 Ibizambaho ni wowe ubigenga,

ngaho nkiza abanzi n’abantoteza.

17 Umugaragu wawe undebane impuhwe,

unkize kubera imbabazi zawe.

18 Uhoraho, ninkwambaza ntuntamaze,

abagome abe ari bo bamwara,

bapfe bashyirwe ikuzimu.

19 Abo babeshyi ubacecekeshe,

ubacecekeshe kuko basebya intungane,

bayirataho bakayituka ndetse bakayisuzugura.

20 Mbega ukuntu ubuntu ugira ari bwinshi!

Ubugenera abakubaha,

abaguhungiraho mu ruhame rwa rubanda.

21 Ubahozaho ijisho ukabarinda,

ubarinda ubutiriganya bw’abantu,

ubahungisha ababavuga nabi.

22 Uhoraho nasingizwe,

nasingizwe kuko yangiriye ubuntu akandinda,

ineza yangiriye imbera nk’umujyi ntamenwa.

23 Nari narihebye ndavuga nti:

“Uhoraho ntakinyitaho!”

Nyamara Uhoraho, ubwo nagutakiraga,

naragutakambiye urangoboka.

24 Mwa ndahemuka z’Uhoraho mwe, nimumukunde mwese!

Erega Uhoraho yita ku ntore ze,

naho abirasi bo akabahana yihanukiriye!

25 Mwa biringira Uhoraho mwese mwe,

nimukomere kandi muhumure.

Categories
Zaburi

Zaburi 32

Amahoro aterwa no kubabarirwa

1 Igisigo gihanitse cya Dawidi.

Hahirwa umuntu Imana yababariye ibicumuro,

ikamuhanaguraho ibyaha bye.

2 Hahirwa umuntu Uhoraho atabaraho ubugome,

ntagire uburiganya muri we.

3 Iyo ntemeraga icyaha nakoze nacikaga intege,

nirirwaga nganya bukira.

4 Uhoraho, ijoro n’amanywa numvaga umbangamiye,

imbaraga zanshiragamo nkaraba nk’uruyuzi rwo mu cyi.

Kuruhuka.

5 Naravuze nti:

“Reka ibicumuro byanjye mbibwire Uhoraho.”

Uhoraho, nakweruriye icyaha nakoze,

sinaguhishe amafuti yanjye.

None nawe wampanaguyeho icyaha nakoze.

Kuruhuka.

6 Abayoboke bawe bose nibajye bagutakambira mu gihe gikwiye,

akaga kameze nk’amazi ahurura ntikazabageraho.

7 Uhoraho, uri ubwihisho bwanjye undinda amakuba yose,

nzakuririmba kuko wangobotse ukankiza.

Kuruhuka.

8 Uhoraho ati: “Nzakwigisha nkwereke inzira ukwiye kunyura,

nzakugira inama nkwiteho.

9 Ntukagire ubwenge buke nk’ifarasi n’inyumbu,

zumvira ari uko zihaswe n’imikoba iziritse ku twuma two mu minwa yazo.”

10 Abagome bagondamirwa n’amagorwa menshi,

ariko abiringira Uhoraho abahundazaho imbabazi ze.

11 Mwa ntungane mwe, nimwishime munezererwe Uhoraho!

Mwa bafite umutima uboneye mwese mwe,

nimuvuze impundu.