Categories
2 Samweli

2 Samweli 14

Yowabu yemeza Dawidi kugarura Abusalomu

1 Yowabu mwene Seruya amenya ko umwami akumbuye Abusalomu cyane,

2 atumiza umugore w’umunyabwenge w’i Tekowa aramubwira ati: “Wambare nk’uwapfushije we kwisīga amavuta, wifate nk’umaze iminsi muri ako kababaro.

3 Hanyuma usange umwami umubwire ibyo ngiye kukubwira.” Nuko Yowabu arabimubwira.

4 Uwo mugore w’i Tekowa asanga umwami, amwikubita imbere yubamye aramubwira ati: “Nyagasani ntabara!”

5 Umwami aramubaza ati: “Ubaye iki?”

Aramusubiza ati: “Umugabo wanjye yarapfuye nsigara ndi umupfakazi.

6 Nari mfite abahungu babiri, barwanira ku gasozi nta muntu uhari kugira ngo abakiranure, umwe yica undi.

7 None ab’umuryango bose barampagurukiye bati: ‘Duhe umwicanyi na we tumwice, duhōrere umuvandimwe we maze twigarurire ibyabo.’ Bityo bakaba bahanaguye ku isi izina ry’umugabo wanjye n’urubyaro rwe.”

8 Umwami abwira uwo mugore ati: “Isubirire iwawe ikibazo cyawe nzagikemura.”

9 Na we aramusubiza ati: “Nyagasani, sinifuza ko icyemezo wafata cyakubangamira cyangwa kikabangamira ingoma yawe kuko wowe uri umwere, ahubwo icyaha kizambarweho jyewe na bene wacu.”

10 Ariko umwami aramubwira ati: “Nihagira n’ugutunga urutoki uzamunzanire, ntazongera kugira icyo agutwara.”

11 Umugore ati: “Nyagasani, ndahira mu izina ry’Uhoraho Imana yawe, ko umuhōra atazanyongerera ibyago yica umuhungu wanjye.”

Umwami aramubwira ati: “Ndahiye Uhoraho ko nta n’agasatsi ko ku mutwe we kazagwa hasi.”

12 Umugore arongera ati: “Nyagasani, nyemerera ngire icyo nkubwira.”

Umwami ati: “Ngaho kivuge!”

13 Umugore aravuga ati: “Nyagasani, urivuguruje! Kuki wahemukiye ubwoko bw’Imana, ntugarure umwana wawe wirukanye?

14 Twese tuzapfa kuko ari ko Imana yagennye, tumere nk’amazi yamenetse ku butaka atabasha kuyorwa, nyamara Imana iteganya uburyo uwaciwe akajya kure yayo yiyunga na yo akiriho.

15 None nyagasani, icyatumye nza kuvugana nawe ni uko nari natinye rubanda. Ni ko kwibwira nti: ‘Nimbibwira umwami birashoboka ko yanyemerera icyo musabye.

16 Nabyumva azankiza ushaka kundimburana n’umuhungu wanjye, kugira ngo adukure mu isambu Imana yaduhaye.’

17 Nyagasani, natekerezaga ko icyo uri bumbwire kindema agatima, kuko uri nk’umumarayika ukamenya gutandukanya icyiza n’ikibi. Uhoraho Imana yawe abane nawe!”

18 Umwami aramubwira ati: “Ntugire icyo umpisha mu byo ngiye kukubaza.”

Umugore aramusubiza ati: “Mbaza nyagasani.”

19 Umwami aramubaza ati: “Ibyo byose umbwiye nta ruhare Yowabu abifitemo?”

Umugore aramusubiza ati: “Nyagasani, ndahiye ubugingo bwawe ko ubitahuye rwose! Umugaragu wawe Yowabu ni we wantumye ngo nkubwire ayo magambo.

20 Yagenje atyo kugira ngo ugire icyo uhindura ku byerekeye Abusalomu. Nyagasani, mbona ufite ubushishozi nk’ubw’umumarayika, ni cyo gituma umenya ibibera mu gihugu byose.”

21 Nyuma yaho umwami abwira Yowabu ati: “Nemeye inama yawe, none genda ushake wa musore Abusalomu umugarure hano.”

22 Yowabu yikubita imbere y’umwami yubamye, amusabira umugisha maze aravuga ati: “Nyagasani, ubu menye ko ngutonnyeho kuko unyemereye icyo ngusabye.”

23 Yowabu ahita ajya i Geshuri, agarura Abusalomu i Yeruzalemu.

24 Umwami aravuga ati: “Abusalomu azagende ajye iwe, ntazigere antunguka imbere.” Abusalomu ajya iwe ntiyigera atunguka imbere y’umwami.

Dawidi yiyunga na Abusalomu

25 Mu Bisiraheli bose nta muntu n’umwe wari ufite uburanga nk’ubwa Abusalomu, kuva ku birenge kugera ku mutwe nta nenge yagiraga, kandi yashimwaga na bose.

26 Buri mwaka yariyogosheshaga kuko umusatsi we wabaga umuremereye. Bamaraga kumwogosha bapima umusatsi we bakoresheje igipimo cy’ibwami, bagasanga upima ibiro bibiri birenga.

27 Abusalomu yabyaye abahungu batatu n’umukobwa witwaga Tamari. Tamari uwo yari afite uburanga.

28 Abusalomu amaze kugaruka i Yeruzalemu, amara imyaka ibiri atabonana n’umwami.

29 Nuko atuma kuri Yowabu ngo aze amutume ku mwami, ariko Yowabu yanga kumwitaba. Amutumaho bwa kabiri na bwo aranga.

30 Abusalomu ni ko kubwira abagaragu be ati: “Dore umurima wa Yowabu uri hafi y’uwanjye urimo ingano za bushoki, none nimugende muzitwike.” Nuko abo bagaragu barazitwika.

31 Yowabu ahita ajya kwa Abusalomu, aramubaza ati: “Ni iki cyatumye abagaragu bawe bantwikira ingano?”

32 Abusalomu aramubwira ati: “Nagutumyeho ngo uze ngutume ku mwami umumbarize uti: ‘Kuki navuye i Geshuri? Icyari kumbera cyiza, ni uko mba naragumyeyo. Ubu ndifuza kubonana n’umwami, niba kandi hari icyaha nakoze anyice.’ ”

33 Yowabu aragenda abibwira umwami, na we atumiza Abusalomu. Abusalomu ahageze yikubita imbere y’umwami yubamye, umwami aramuhagurutsa aramuhobera.

Categories
2 Samweli

2 Samweli 15

Abusalomu yigomeka

1 Nyuma y’ibyo Abusalomu yishakira igare rikururwa n’amafarasi, yishakira n’abantu mirongo itanu bo kwiruka imbere ye.

2 Abusalomu yajyaga azinduka agahagarara ku nzira yinjira mu irembo ry’umurwa. Umuntu wese uhanyuze afite urubanza agiye kuregera umwami, Abusalomu akamuhamagara akamubaza aho aturuka. Undi akamusubiza ati: “Databuja, nturutse mu muryango runaka w’Abisiraheli.”

3 Abusalomu akamubwira ati: “Urubanza rwawe rurasobanutse kandi rufite ishingiro, nyamara nta muntu umwami yashyizeho wo kurwumva!”

4 Abusalomu yajyaga avuga ati: “Icyangira umucamanza muri iki gihugu! Umuntu wese wajya anzanira urubanza cyangwa ikibazo najya mbikemura mu butabera.”

5 Kandi iyo hagiraga umuntu umupfukamira, Abusalomu yaramuhagurutsaga akamuhobera.

6 Abusalomu akomeza kugenzereza atyo Abisiraheli bose bajyaga kuburanira umwami, bityo yikundisha Abisiraheli bose arabigarurira.

7 Hashize imyaka ineAbusalomu abwira umwami ati: “Nyemerera njye i Heburoni guhigura umuhigo nahigiye Uhoraho.

8 Kuko nyagasani, ubwo nari i Geshuri muri Siriya nahize ko Uhoraho nangarura i Yeruzalemu nzamutambira igitambo.”

9 Umwami aramubwira ati: “Ugende amahoro!” Nuko Abusalomu ashyira nzira ajya i Heburoni.

10 Agezeyo yohereza intumwa mu miryango yose y’Abisiraheli ngo zibabwire ziti: “Nimwumva ihembe rivuze, muzatangaze muti: ‘Abusalomu yimye ingoma i Heburoni.’ ”

11 Abusalomu akiri i Yeruzalemu yari yatumiye abantu magana abiri bajyana na we, ariko nta kintu na busa bari bazi ku migambi ye.

12 Ubwo Abusalomu yatambaga ibitambo, yohereza intumwa i Gilo kumuzanira Ahitofeli w’i Gilo, akaba umujyanama wa Dawidi. Ubwigomeke burushaho gukaza umurego, kandi abayobokaga Abusalomu barushaho kwiyongera.

Dawidi ahunga Abusalomu

13 Nuko umuntu araza abwira Dawidi ati: “Abisiraheli bayobotse Abusalomu.”

14 Ako kanya Dawidi abwira abagaragu be bari i Yeruzalemu ati: “Nimuhaguruke duhunge Abusalomu. Nimugire bwangu kuko yakwihutira kutugirira nabi, akica abantu bose batuye mu mujyi.”

15 Baramubwira bati: “Nyagasani, twiteguye gukora icyo ushaka cyose.”

16 Nuko umwami ahungana n’ab’urugo rwe bose, ariko asiga inshoreke icumi zo kurinda ingoro ye.

17 Ajyana n’abo bantu bose, bahagarara ku nzu iheruka umujyi.

18 Abagaragu be bose, n’Abakereti bose, n’Abapeletibose banyura imbere ye, n’Abanyagati magana atandatu bari barazanye na we igihe yavaga i Gati, na bo baratambuka.

19 Umwami abwira Itayi umutware w’abo Banyagati ati: “Ni iki gitumye ujyana natwe? Subirayo ugumane n’umwami mushya, kuko uri umunyamahanga ukaba utari iwanyu.

20 Dore ni bwo ukigera ino none ugiye kwangarana natwe, nanjye ubwanjye ntazi iyo tugana! Isubirireyo ujyane na bagenzi bawe, Uhoraho akugirire neza kandi akwiteho.”

21 Itayi aramusubiza ati: “Nyagasani, ndahiye Uhoraho, nawe nkurahiye ko aho uzajya hose tuzajyana, twabaho cyangwa twapfa!”

22 Dawidi aramubwira ati: “Ngaho tambuka.” Itayi w’Umunyagati ajyana n’ingabo ze n’imiryango yabo yose.

23 Dawidi yambukana n’abantu bose akagezi ka Kedironi, bakomeza inzira igana mu butayu. Aho banyuze hose abaturage bagacura umuborogo.

24 Bagisohoka mu mujyi, abatambyi Sadoki na Abiyatari bari aho hamwe n’Abalevi bari bahetse Isanduku y’Isezerano ry’Imana. Abalevi barayururutsa, Abiyatari akomeza guhagarara kugeza ubwo abantu bose bamaze gusohoka.

25 Umwami abwira Sadoki ati: “Nimusubize Isanduku y’Imana mu mujyi. Nintona ku Uhoraho, azangarura nongere nyibone mbone n’aho iba.

26 Ariko natanyishimira, azangenze uko ashaka nditeguye.

27 Ese nturi umushishozi? Ngaho ugende amahoro usubire mu mujyi, ujyane n’umuhungu wawe Ahimāsi, na Abiyatari n’umuhungu we Yonatani.

28 Nanjye nzategerereza ku byambu bya Yorodani, kugeza igihe muzamenyeshereza uko bimeze.”

29 Nuko Sadoki na Abiyatari basubiza Isanduku y’Imana i Yeruzalemu bagumayo.

30 Dawidi azamuka Umusozi w’Iminzenze agenda aboroga, yitwikiriye umutwe kandi atambaye inkweto, abari kumwe na we bose na bo bazamuka bitwikiriye imitwe baboroga.

31 Babwira Dawidi ko Ahitofeli yifatanyije na Abusalomu, maze Dawidi asenga agira ati: “Uhoraho, ndakwinginze inama za Ahitofeli uzihindure ubusa.”

32 Dawidi ageze mu mpinga y’umusozi aho basengeraga Imana, Hushayi w’Umwaruki aza amusanga yashishimuye umwambaro we, yiteye n’umukungugu mu mutwe.

33 Dawidi aramubwira ati: “Nitujyana uzandushya,

34 ahubwo usubire i Yeruzalemu ubwire Abusalomu uti: ‘Nyagasani, nje kukubera umugaragu. Kuva kera nabaye umugaragu wa so none ubu ndi uwawe.’ Nungenzereza utyo, uzashobora kuburizamo inama za Ahitofeli.

35 Abatambyi Sadoki na Abiyatari muzaba muri kumwe, maze icyo uzajya umenya cy’ibwami cyose uzajye ukibabwira.

36 Uko mugize icyo mumenya muzajye muntumaho abahungu banyu, Ahimāsi mwene Sadoki na Yonatani mwene Abiyatari.”

37 Nuko Hushayi incuti ya Dawidi asubira i Yeruzalemu, ahagerera rimwe na Abusalomu.

Categories
2 Samweli

2 Samweli 16

Siba asanganira Dawidi

1 Dawidi amaze kuminuka umusozi, ahura na Siba umugaragu wa Mefibosheti aje kumusanganira. Yari ashoreye indogobe ebyiri zihetse imigati magana abiri, n’amaseri ijana y’imizabibu yumye n’imbuto ijana z’imitini, n’uruhago rw’uruhururimo divayi.

2 Umwami abaza Siba ati: “Ibyo ni iby’iki?”

Siba aramusubiza ati: “Nyagasani, indogobe ni izo guheka abo mu rugo rwawe, imigati n’imbuto ni ibyo kugaburira abagaragu bawe, naho divayi ni iyo kwicira inyota abananirirwa mu butayu.”

3 Umwami aramubaza ati: “Mefibosheti umwuzukuru wa shobuja ari he?”

Siba aramusubiza ati: “Ubu ari i Yeruzalemu, kuko yibwira ko Abisiraheli bazamwimika agahabwa ingoma ya sekuru.”

4 Nuko umwami aramubwira ati: “Nkugabiye ibyari ibya Mefibosheti byose.”

Siba aravuga ati: “Urakarama nyagasani, nzahore ngutonnyeho!”

Shimeyi atuka Dawidi

5 Umwami Dawidi ageze i Bahurimu haza umugabo witwaga Shimeyi mwene Gera wo mu muryango wa Sawuli, atangira kumutuka.

6 Atera amabuye Umwami Dawidi n’abagaragu be bose, n’abandi bantu bari kumwe na we bose ndetse n’ingabo zari zimukikije.

7 Yamutukaga agira ati: “Hoshi genda wa mupfayongo we w’umwicanyi!

8 Uhoraho akuryoje amaraso y’abo mu muryango wa Sawuli wasimbuye ku ngoma! Ubwami abuhaye Abusalomu umuhungu wawe, naho wowe aguteje ibyago kubera amaraso wamennye!”

9 Abishayi mwene Seruya abwira umwami ati: “Nyagasani, kuki iriya ntumbi y’imbwa yagumya kugutuka? Reka ngende muce umutwe!”

10 Dawidi aravuga ati: “Mpuriye he namwe bene Seruya? Niba Uhoraho yamubwiye ngo antuke, nta wamubuza kubikora.”

11 Nuko Dawidi abwira abagaragu be bose na Abishayi ati: “Dore n’umuhungu wanjye nibyariye arashaka kunyica, nkanswe uriya Mubenyamini! Nimumureke antuke niba Uhoraho yabimutumye!

12 Birashoboka ko Uhoraho yareba amagorwa ndimo, biriya bitutsi by’uyu munsi akabimpinduriramo ibyiza.”

13 Dawidi n’abo bari kumwe bakomeza urugendo, naho Shimeyi akomeza gutambika hakurya ahateganye na bo, agenda abatuka abatera amabuye, atumura n’umukungugu.

14 Hanyuma umwami n’abo bari kumwe bose bagera ku ruzi rwa Yorodani bananiwe, baraharuhukira.

Abusalomu agera i Yeruzalemu

15 Abusalomu agera i Yeruzalemu ari kumwe na Ahitofeli n’abandi Bisiraheli bose bari bamushyigikiye.

16 Ubwo ni bwo Hushayi w’Umwaruki incuti ya Dawidi yasanze Abusalomu, aramubwira ati: “Urakarama nyagasani, urakarama!”

17 Abusalomu aramubaza ati: “Kuki wahemukiye incuti yawe ntimujyane?”

18 Hushayi aramusubiza ati: “Nabitewe n’uko ari wowe watoranyijwe n’Uhoraho, n’abo muri kumwe n’Abisiraheli bose, nzagumana nawe.

19 None kuki ntagukorera kandi so yari incuti yanjye? Bityo rero nk’uko nari umugaragu wa so, ni ko nzaba umugaragu wawe.”

20 Abusalomu abwira Ahitofeli ati: “Ngira inama, dukore iki?”

21 Ahitofeli aramubwira ati: “Genda uryamane n’inshoreke za so yasize ku rugo. Ibyo bizatuma Abisiraheli bamenya ko wazinutswe so, maze bitere inkunga abari ku ruhande rwawe.”

22 Nuko bashinga ihema ku gisenge gishashe cy’ingoro y’umwami, maze Abusalomu ajya kuharyamanira n’inshoreke za se rubanda babireba.

23 Yaba Dawidi yaba Abusalomu, bose bubahaga inama za Ahitofeli nk’aho ari Imana ubwayo babajije.

Categories
2 Samweli

2 Samweli 17

Hushayi aburizamo inama za Ahitofeli

1 Ahitofeli abwira Abusalomu ati: “Reka ntoranye ingabo ibihumbi cumi na bibiri nkurikire Dawidi iri joro.

2 Ndamugeraho ananiwe nta gatege, mutere ubwoba maze abari kumwe na we bose bahunge, hanyuma mwice asigaye wenyine.

3 Bityo nzakugarurira abantu be bose, kuko kwica uriya ushaka ari ko kukugarurira bose, maze igihugu kikagira amahoro.”

4 Iyo nama inyura Abusalomu n’abakuru b’Abisiraheli bose.

5 Ariko Abusalomu aravuga ati: “Nimuhamagare Hushayi w’Umwaruki, na we twumve icyo abivugaho.”

6 Hushayi ahageze, Abusalomu amusubiriramo ibyo Ahitofeli yababwiye, maze aramubaza ati: “Mbese twakurikiza iyo nama cyangwa hari ikindi ubivugaho?”

7 Hushayi aramusubiza ati: “Noneho, inama Ahitofeli atanze si nziza.

8 Nawe ubwawe uzi neza so n’ingabo ze, bose ni intwari zidatsimburwa, ni nk’ikirura batwariye ibyana. Uretse n’ibyo so amenyereye iby’intambara, nta kuntu yaba yaraye hamwe n’abandi.

9 Ubu ashobora kuba yihishe mu buvumo cyangwa ahandi. Adutunguye hakagira abapfa muri twe, abazabyumva bazavuga bati: ‘Ingabo za Abusalomu zatsinzwe.’

10 Ubwo rero n’uw’intwari ushiritse ubwoba nk’intare azacika intege, kuko Abisiraheli bose bazi ko so ari umurwanyi ukomeye kandi ko ari kumwe n’ingabo z’intwari.

11 Inama nakugira rero ni uko wakoranyiriza hano Abisiraheli bose, uhereye i Dani mu majyaruguru ukageza i Bērisheba mu majyepfo, bakanganya ubwinshi n’umusenyi wo ku nyanja, maze wowe ubwawe ukabayobora ku rugamba.

12 Aho azaba ari hose tuzamugeraho tuhazimagize nk’uko ikime gitonda hasi kikahazimagiza. Yaba we cyangwa abantu be nta wuzarokoka.

13 Nagira umujyi ahungiramo Abisiraheli bose bazazana imigozi tuwukurure, tuwurohemu kabande he kugira n’ibuye riwusigaramo.”

14 Abusalomu n’abandi Bisiraheli bose baravuga bati: “Inama ya Hushayi w’Umwaruki iruse iya Ahitofeli.” Uko ni ko Uhoraho yaburijemo inama nziza ya Ahitofeli, kugira ngo ateze Abusalomu ibyago.

Dawidi ahungira hakurya ya Yorodani

15 Hushayi ahita ajya kubwira abatambyi Sadoki na Abiyatari, inama Ahitofeli yagiriye Abusalomu n’abakuru b’Abisiraheli, n’iyo we yabagīriye.

16 Yongeraho ati: “Nimuhite mutuma kuri Dawidi ye kurara aho ari ku byambu bya Yorodani, ahubwo yambuke. Naho ubundi yarimburanwa n’abo bari kumwe bose.”

17 Yonatani mwene Abiyatari na Ahimāsi mwene Sadoki ntibashoboraga kwinjira mu mujyi kugira ngo batababona. Bategerereza Enirogeli, aba ari ho umuja wabatumweho abahera ubutumwa bwo kugeza ku Mwami Dawidi.

18 Ariko umusore aza kubabona abibwira Abusalomu. Yonatani na Ahimāsi bagenda biruka bagera i Bahurimu ku muntu wari ufite iriba iwe mu rugo, baryihishamo.

19 Umugore nyir’urugo ashyira ikidasesa hejuru y’iriba, maze yanikaho impeke bituma nta wagira icyo ahakeka.

20 Abagaragu ba Abusalomu binjira muri urwo rugo babaza uwo mugore bati: “Ahimāsi na Yonatani bari he?”

Arabasubiza ati: “Bambutse akagezi.” Barabashaka barababura bisubirira i Yeruzalemu.

21 Bamaze kugenda, Ahimāsi na Yonatani bava mu iriba, bajya kubwira Umwami Dawidi inama Ahitofeli yatanze bati: “None ihute uhungire hakurya ya Yorodani.”

22 Dawidi n’abo bari kumwe bose bahita bambuka Yorodani, bucya bose bageze hakurya.

23 Ahitofeli abonye ko batemeye inama ye, yurira indogobe ye yisubirira iwe mu mujyi w’iwabo. Agezeyo atunganya ibyo mu muryango we, arangije arimanika bamushyingura hamwe na se.

24 Dawidi yahungiye i Mahanayimu, hanyuma Abusalomu ahagurukana n’ingabo zose z’Abisiraheli bambuka Yorodani.

25 Abusalomu yari yarashyizeho Amasa, kugira ngo abe umugaba w’ingabo wo gusimbura Yowabu. Amasa uwo yari mwene Yitira w’Umwishimayeliyabyaranye na Abigayile umukobwa wa Nahashi, akaba na murumuna wa Seruya nyina wa Yowabu.

26 Abusalomu n’abo Bisiraheli bakambika mu ntara ya Gileyadi.

27 Dawidi ageze i Mahanayimu, Shobi mwene Nahashi w’i Raba umurwa w’Abamoni, na Makiri mwene Amiyeli w’i Lodebari, na Barizilayi w’Umunyagileyadi w’i Rogelimu,

28 bamuzanira ibyo kuryamaho n’amabesani n’inzabya z’ibumba, n’ingano za nkungu n’iza bushoki n’ifu n’impeke zikaranze, n’ibishyimbo n’inkori,

29 n’ubuki n’amata y’ikivuguto n’amavuta akuze, n’intama. Babizanira Dawidi n’abo bari kumwe kuko bibwiraga bati: “Bariya bantu biciwe n’inzara n’inyota n’umunaniro mu butayu.”

Categories
2 Samweli

2 Samweli 18

Urupfu rwa Abusalomu

1 Dawidi akoranya ingabo ze azigabanyamo imitwe, ayiha abatware b’ibihumbi n’ab’amagana.

2 Umutwe umwe uyoborwa na Yowabu mwene Seruya, undi uyoborwa na mukuru we Abishayi, uwa gatatu uyoborwa na Itayi w’Umunyagati. Dawidi arababwira ati: “Nanjye ubwanjye nzatabarana namwe.”

3 Ariko ingabo ze ziramusubiza ziti: “Ntugomba gutabarana natwe! Turamutse duhunze abanzi bacu ntibatwitaho, ndetse n’iyo twapfamo kimwe cya kabiri ntibabyitaho. Ni wowe bashaka kuko uhwanye n’ingabo ibihumbi icumi zo muri twe. None ibyiza ni uko waguma muri uyu mujyi ukajya udutera inkunga.”

4 Umwami arababwira ati: “Icyo muhisemo ni cyo nkora.” Nuko ahagarara ku irembo ry’umujyi ingabo zimunyura imbere zitabaye, zigabanyijwe mu mitwe y’amagana n’iy’ibihumbi.

5 Umwami ategeka Yowabu na Abishayi na Itayi ati: “Ndabinginze ntimuzagire icyo mutwara uwo musore Abusalomu.” Ingabo zose zumva umwami aha abo batware iryo tegeko.

6 Nuko ingabo ziratabara, zijya gutera iz’Abisiraheli bashyigikiye Abusalomu, zisakiranira mu ishyamba rya Efurayimu.

7 Ingabo za Dawidi zitsinda iz’Abisiraheli, uwo munsi zibicamo abantu ibihumbi makumyabiri.

8 Intambara ikwira muri ako karere kose, ku buryo abazimiriye mu ishyamba bagapfa, baruse ubwinshi abishwe n’ingabo za Dawidi.

9 Abusalomu ahubirana n’ingabo za Dawidi ari ku nyumbu ye, arayirukansa ica munsi y’igiti kinini gifite amashami menshi, maze umutwe we ufatwa mu mashami yacyo, inyumbu irakomeza Abusalomu asigara anagana.

10 Umwe mu ngabo za Dawidi aramubona ajya kubwira Yowabu ati: “Nabonye Abusalomu anagana mu giti.”

11 Yowabu aramubwira ati: “Niba wamubonye kuki utahise umutsinda aho? Ubu simba nguhaye ibikoroto icumi by’ifeza n’umukandara?”

12 Undi aramusubiza ati: “Kabone n’iyo wampa ibikoroto igihumbi by’ifeza sinakwica umwana w’umwami, kuko twiyumviye umwami ababwira wowe na Abishayi na Itayi ati: ‘Muramenye ntimuzagire icyo mutwara uwo musore Abusalomu.’

13 N’iyo nkora ishyano nkamwica, umwami ntiyari kubiyoberwa kandi nawe wari kunyigarika!”

14 Yowabu aramubwira ati: “Singiye gukomeza guta igihe mvugana nawe.” Ni ko gufata amacumu atatu, aragenda ayatikura Abusalomu mu mutima aho yanaganaga ku giti akiri muzima.

15 Nuko abasore icumi bari batwaje Yowabu intwaro begera Abusalomu baramwica.

16 Yowabu ategeka ko bavuza ihembe rihagarika intambara, ingabo ze zireka gukurikirana Abisiraheli.

17 Bafata umurambo wa Abusalomu bawujugunya mu rwobo aho mu ishyamba, bawurundaho amabuye menshi. Abisiraheli bose barahunga buri wese ajya iwe.

18 Abusalomu akiriho yari yarashingishije inkingi y’ibuye mu Gikombe cyitwa icy’umwami, kuko yibwiraga ati: “Nta gahungu mfite bazanyibukiraho.” Ni cyo cyatumye iyo nkingi ayiha izina rye, na n’ubu yitwa “Urwibutso rwa Abusalomu.”

Dawidi abikirwa Abusalomu

19 Ahimāsi mwene Sadoki abwira Yowabu ati: “Reka nihute njye kubwira umwami inkuru nziza, ko Uhoraho yamukijije abanzi be.”

20 Ariko Yowabu aramubwira ati: “Ntujyeyo uyu munsi, kuko nta nkuru nziza waba ujyanye kubera urupfu rw’umwana w’umwami, ahubwo ureke uzajyeyo undi munsi.”

21 Yowabu abwira umugaragu we w’Umunyakushi ngo ajye kubwira umwami ibyo yabonye, uwo mugaragu yunama imbere ya Yowabu, ahita yiruka.

22 Ariko Ahimāsi mwene Sadoki arongera abwira Yowabu ati: “Uko byamera kose, nanjye reka nkurikire uriya Munyakushi.”

Yowabu aramubwira ati: “Urajyanwa n’iki mwana wanjye, ko iyo atari inkuru yo kubarwa kugira ngo uyishimirwe?”

23 Na we ati: “Uko byamera kose reka ngende!”

Yowabu ati: “Ngaho genda!” Ahimāsi ariruka anyura mu nzira yo mu kibaya cya Yorodani, maze aca kuri wa Munyakushi.

24 Icyo gihe Dawidi yari yicaye mu kirongozi cy’umunara hagati y’inzugi zombi, umurinzi w’irembo yurira urukuta ajya ku munara, abona umuntu aje yiruka ari wenyine.

25 Abibwiye umwami, umwami aravuga ati: “Niba aje wenyine azanye inkuru nziza.” Uwo muntu akomeza kuza yigira hafi.

26 Uwo murinzi abona undi muntu aje yiruka ari wenyine, abibwira uwakingaga irembo. Umwami aravuga ati: “Ubwo na we azanye inkuru nziza.”

27 Umurinzi aravuga ati: “Umuntu wa mbere ndabona yiruka nka Ahimāsi mwene Sadoki.”

Umwami ati: “Ni umuntu mwiza, ubwo azanye amakuru meza.”

28 Ahimāsi ageze hafi ararangurura abwira umwami ati: “Ni amahoro!” Nuko amwikubita imbere yubamye ati: “Uhoraho Imana yawe asingizwe, yagukijije abari baguhagurukiye nyagasani.”

29 Umwami aramubaza ati: “Uwo musore Abusalomu yaba ari amahoro?”

Ahimāsi aramusubiza ati: “Nyagasani, ubwo umugaragu wawe Yowabu yanyoherezaga hari abantu benshi banyuranagamo, sinashoboye kumenya ibyabaye.”

30 Umwami aramubwira ati: “Igirayo, ube uhagaze hariya.” Ahimāsi yigirayo arahagarara.

31 Wa Munyakushi na we aba arahageze, aravuga ati: “Nyagasani, nkuzaniye inkuru nziza. Uyu munsi Uhoraho yagukijije abari baguhagurukiye bose!”

32 Umwami aramubaza ati: “Uwo musore Abusalomu, yaba ari amahoro?”

Aramusubiza ati: “Nyagasani, ibyabaye kuri uwo musore birakaba ku banzi bawe, mbese no ku bahagurukiye kukugirira nabi bose!”

Categories
2 Samweli

2 Samweli 19

Dawidi aririra Abusalomu

1 Umwami abyumvise ashengurwa n’ishavu, ajya mu cyumba cyo hejuru mu munara agenda aboroga ati: “Ayii, mwana wanjye Abusalomu! Mwana wanjye, mwana wanjye Abusalomu! Iyaba ari jyewe wapfuye mu mwanya wawe! Abusalomu mwana wanjye, mwana wanjye!”

2 Maze baza kubwira Yowabu ko umwami aririra Abusalomu akaba ari mu kababaro ko gupfusha.

3 Bityo ibyishimo byo gutsinda k’uwo munsi bihinduka akababaro ko gupfusha, kuko ingabo zose zari zumvise ko umwami ashavujwe n’urupfu rw’umwana we.

4 Ingabo zose zitabarutse zigaruka mu mujyi zibebera nk’izahunze ku rugamba.

5 Umwami yitwikīra mu maso, atera hejuru araboroga ati: “Ayii, mwana wanjye Abusalomu! Abusalomu mwana wanjye, mwana wanjye!”

6 Nuko Yowabu yinjira aho umwami ari aramubwira ati: “Uyu munsi ingabo zawe zagukirije ubugingo, wowe n’abahungu bawe n’abakobwa bawe, n’abagore bawe n’inshoreke zawe, none urazikoza isoni!

7 Ukunda abakwanga, ukanga abagukunda! Uyu munsi werekanye ko ingabo zawe n’abagaba bazo nta cyo bakubwiye. Ubu menye ko iyo Abusalomu aba akiriho twese twapfuye, ari byo byari kukubera byiza!

8 None haguruka ujye gushimira ingabo zawe. Nkurahiye Uhoraho ko nutabigenza utyo, bujya kwira nta muntu n’umwe usigaranye. Byakubera bibi cyane kuruta ibyago byose wagize kuva mu buto bwawe.”

9 Nuko umwami arahaguruka yicara imbere y’irembo ry’umujyi. Babwira ingabo ze zose bati: “Umwami yicaye imbere y’irembo.” Ziraza zikoranira imbere ye.

Dawidi ava mu buhungiro

Abisiraheli bari bahunze buri wese yagiye iwe.

10 Mu miryango yose y’Abisiraheli baravugaga bati: “Umwami yadukijije abanzi bacu cyane cyane Abafilisiti, ariko yavuye mu gihugu ahunga Abusalomu.

11 None Abusalomu twari twariyimikiye kugira ngo atubere umwami, yaguye ku rugamba. Mutegereje iki kugira ngo mugarure umwami?”

12 Iyo nkuru igera ku Mwami Dawidi, maze atuma ku batambyi Sadoki na Abiyatari ati: “Mubwire abakuru b’Abayuda muti: ‘Kuki ari mwebwe mugiye kuba aba nyuma kugarura umwami?

13 Muri abavandimwe banjye, turi amaraso amwe. Ni kuki ari mwe mugiye kuba aba nyuma kugarura umwami?’

14 Muzambwirire kandi Amasamuti: ‘Mbese ntituri amaraso amwe? Imana izampane yihanukiriye, nintakugira umugaba w’ingabo mu mwanya wa Yowabu, igihe cyose nzaba ndi ku ngoma.’ ”

15 Ayo magambo anyura Abayuda bose bahuza inama, batuma ku mwami bati: “Garuka uzane n’abagaragu bawe bose.”

16 Nuko umwami araza agera kuri Yorodani.

Shimeyi asaba Dawidi imbabazi

Abayuda bajya i Gilugali gusanganira umwami no kumwambutsa Yorodani.

17 Shimeyimwene Gera w’Umubenyamini w’i Bahurimu, na we yajyanye na bo gusanganira umwami,

18 ari kumwe n’Ababenyamini igihumbi. Siba wahoze ari umugaragu wa Sawuli, n’abahungu be cumi na batanu n’abagaragu be makumyabiri, bihutira kujya kuri Yorodani kwakira umwami.

19 Ubwato bwagombaga kwambutsa umwami n’ab’umuryango we bwari aho butegereje icyo umwami ategeka. Shimeyi mwene Gera amaze kwambuka yikubita hasi imbere y’umwami,

20 aramubwira ati: “Nyagasani, ntiwite ku gicumuro cyanjye, wirengagize ibibi nagukoreye ubwo wavaga i Yeruzalemu, ntubigumane mu mutima, nyagasani!

21 Rwose nyagasani nzi ko nacumuye, ni cyo cyatumye mbanziriza ab’umuryango wacu kuza kugusanganira.”

22 Nuko Abishayi mwene Seruya abaza umwami ati: “Mbese ibyo byabuza Shimeyi kwicwa, kandi yaratutse uwo Uhoraho yimikishije amavuta?”

23 Ariko Dawidi aramusubiza ati: “Mpuriye he namwe bene Seruya? Kuki mushaka kumbangamira? Uyu munsi nta Mwisiraheli ukwiye gupfa kuko namenye neza ko ari jye mwami w’Abisiraheli.”

24 Nuko umwami abwira Shimeyi ati: “Nturi bupfe”, arabimurahira.

Mefibosheti yiregura kuri Dawidi

25 Mefiboshetiumwuzukuru wa Sawuli na we ajya gusanganira umwami. Ntiyari yarigeze yoga ibirenge cyangwa akata ubwanwa, cyangwa amesa imyambaro ye kuva umwami yahunga kugeza umunsi agarutse amahoro

26 i Yeruzalemu. Umwami aramubaza ati: “Mefibosheti, ni iki cyatumye utaza ngo tujyane?”

27 Aramusubiza ati: “Nyagasani, umugaragu wanjye yarampemukiye. Nari namutegetse ko antegurira indogobe kuko ndi ikimuga nkajyana nawe.

28 Nyamara nyagasani, aho kubikora atyo yarambeshyeye. None rero nyagasani, uri nk’umumarayika ukore icyo ubona ko gikwiye.

29 Ab’umuryango wa sogokuru bose bari bakwiye kwicwa, ariko jye wanyemereye gusangira nawe. Ese nyagasani, koko hari ikindi nakwaka kirenze ibyo?”

30 Umwami aramubwira ati: “Wikwirirwa uvuga byinshi. Ntegetse ko wowe na Siba mugabana isambu yahoze ari iya Sawuli.”

31 Mefibosheti aramubwira ati: “Nyagasani, ubwo tubonye ugaruka amahoro nashaka ayijyane yose.”

Barizilayi aherekeza Dawidi

32 Barizilayiw’Umunyagileyadi ava i Rogelimu kugira ngo aherekeze umwami amugeze hakurya ya Yorodani.

33 Yari umusaza umaze imyaka mirongo inani avutse. Igihe umwami yari i Mahanayimu, Barizilayi yamwohererezaga imfashanyo kuko yari umukungu.

34 Umwami aramubwira ati: “Twambukane tujyane i Yeruzalemu nzakwitura ineza wangiriye.”

35 Ariko Barizilayi asubiza umwami ati: “Nshigaje imyaka ingahe yo kubaho byatuma tujyana i Yeruzalemu?

36 Dore maze imyaka mirongo inani mvutse, ubu se ndacyagira ikinshimisha? Ndacyaryoherwa n’icyo ndya cyangwa icyo nywa? Mbese ubu ndacyabasha kumva amajwi y’abahungu n’abakobwa baririmba? Nyagasani, singiye kukuruhiriza ubusa

37 kandi si ngombwa ko umpa ingororano. Icyakora ndihangana nguherekeze nkwambutse Yorodani,

38 hanyuma nisubirire mu mujyi wacu abe ari ho nzapfira, nzahambwe hamwe na data na mama. Ahubwo nyagasani, nguwo umuhungu wanjye Kimuhamu mujyane, uzamukorere ibyo uzabona ko ari byiza.”

39 Umwami aravuga ati: “Kimuhamu turajyana kandi nzamukorera ibyo ushaka byose, ibyo uzifuza byose kuri we nzabikora.”

40 Abantu bose bamaze kwambuka Yorodani umwami ahobera Barizilayi, amusabira umugisha amusezeraho, maze Barizilayi yisubirira iwe.

Abayuda n’Abisiraheli batonganira umwami

41 Umwami yambukana atyo na Kimuhamu, ashagawe n’ingabo z’Abayuda n’icya kabiri cy’iz’Abisiraheli, bagera i Gilugali.

42 Nuko Abisiraheli bose basanga umwami baramubaza bati: “Ni kuki abavandimwe bacu b’Abayuda baje rwihishwa kugusanganira kugira ngo bakwambutse Yorodani, wowe n’umuryango wawe n’ingabo zawe zose?”

43 Abayuda bose basubiza Abisiraheli bati: “Ni uko dufitanye n’umwami isano ya bugufi. Icyabarakaje ni iki? Hari iby’umwami twariye cyangwa hari ibyo yatugororeye?”

44 Abisiraheli barabasubiza bati: “Dufite uruhare ku mwami incuro icumi kubarusha, ndetse no kuri Dawidi ubwe. None se ni iki cyatumye mutwibeta, kandi ari twe twabaye aba mbere mu gutanga igitekerezo cyo kugarura umwami?” Ariko Abayuda barusha Abisiraheli gushega.

Categories
2 Samweli

2 Samweli 20

Sheba agomera Dawidi

1 Aho i Gilugali hari Umubenyamini w’umupfayongo witwaga Sheba mwene Bikuri. Avuza ihembe, maze atera hejuru ati: “Nta ruhare dufite kuri Dawidi, nta n’umurage dufitanye n’uwo mwene Yese. None Bisiraheli, buri muntu niyisubirire iwe.”

2 Nuko Abisiraheli bosebava kuri Dawidi bayoboka Sheba mwene Bikuri, naho Abayuda bo bagumana n’umwami wabo, baramuherekeza kuva kuri Yorodani kugeza i Yeruzalemu.

3 Dawidi ageze iwe i Yeruzalemu afata za nshoreke ze icumi yari yasize ku rugo, aziha inzu irinzwe akajya azitaho, ariko ntiyongera kuryamana na zo. Zifungirwa aho zimeze nk’abapfakazi kugeza igihe zipfiriye.

4 Umwami abwira Amasa ati: “Unkoranyirize ingabo z’Abayuda mu minsi itatu, bityo uzanyitabe hano.”

5 Amasa ajya gukoranya ingabo z’Abayuda, ariko aratinda ntiyubahiriza igihe umwami yamubwiye.

6 Dawidi ni ko kubwira Abishayi ati: “Sheba mwene Bikuri azaduteza ibyago bikomeye, biruta ibyo twatejwe na Abusalomu. None ujyane ingabo zanjye, umukurikirane atarabona imijyi ntamenwa kugira ngo ayibemo aducike.”

7 Nuko Abishayi ajyana n’ingabo zose za Yowabu n’Abakereti n’Abapeleti, n’izindi ngabo zose z’intwari, ziva i Yeruzalemu zikurikirana Sheba mwene Bikuri.

8 Bageze hafi y’urutare rw’i Gibeyoni bahura na Amasa. Yowabu yari yambaye imyambaro ya gisirikari, ayikenyeje umukandara uriho inkota iri mu rwubati. Ariko Yowabu agiye gusuhuza Amasa, inkota ye igwa hasi arayifata.

9 Yowabu aramusuhuza ati: “Ni amahoro muvandimwe?” Afatisha ikiganza cy’iburyo ubwanwa bwa Amasa nk’ushaka kumusoma.

10 Ariko Amasa ntiyita ku nkota Yowabu yari afite mu kuboko kw’ibumoso, Yowabu ayimutikura mu nda rimwe gusa amara arasandara, Amasa ahita apfa.

Nuko Yowabu na mukuru we Abishayi bakomeza gukurikirana Sheba mwene Bikuri.

11 Umwe mu ngabo za Yowabu asigara ku murambo wa Amasa, abwira izindi ngabo ati: “Abahisemo Yowabu bakaba bashyigikiye Dawidi nibakurikire Yowabu.”

12 Ingabo zageraga kuri uwo murambo urambitse mu maraso mu nzira hagati zarahagararaga, wa muntu abibonye awusunikira mu gisambu awutwikīriza umwenda.

13 Amaze kuwukura mu nzira ingabo zose ziratambuka, zijyana na Yowabu kugira ngo bakurikirane Sheba mwene Bikuri.

14 Sheba yari yaranyuze mu miryango yose y’Abisiraheli agera mu mujyi wa Abeli-Betimāka, maze Ababeribose baramuyoboka.

15 Ingabo za Yowabu zigota Abeli-Betimāka, zirunda ibirundo by’igitaka byo kuririraho urukuta, batangira no guhonda urukuta kugira ngo baruhirike.

16 Ariko umugore umwe w’umunyabwenge wo muri uwo mujyi atera hejuru ati: “Yemwe, yemwe! Nimumbwirire Yowabu aze hano ngire icyo mubwira.”

17 Yowabu aramwegera, umugore aramubaza ati: “Ni wowe Yowabu?”

Undi ati: “Ni jyewe.”

Umugore ati: “Databuja, ndakwinginze wumve icyo ngiye kukubwira.”

Yowabu ati: “Vuga ndakumva.”

18 Umugore ati: “Kera hari imvugo ngo ‘Nimujye Abeli muhashakire igisubizo’, maze ikibazo kikaba kihakemuriwe.

19 Abisiraheli bose bazi ko abatuye uyu mujyi turi abanyamahoro n’abanyamurava, none wowe urashaka kurimbura uyu mujyi wubashywe kuva kera! Ni kuki wasenya uyu mujyi twahawe n’Uhoraho?”

20 Yowabu aramusubiza ati: “Ibyo ntibikabeho! Jyewe nta mugambi mfite wo kuwusenya cyangwa kuwurimbura.

21 Ibyo si byo nshaka, uwo nshaka gusa ni umuntu witwa Sheba mwene Bikuri waturutse mu ntara y’Abefurayimu, kuko yagomeye Umwami Dawidi. Nimumumpe ndahita nigendera.”

Uwo mugore aramubwira ati: “Ihangane gato! Igihanga cye turakikujugunyira tukinyujije hejuru y’urukuta.”

22 Uwo mugore aragenda akoranya abaturage bose, ababwira icyo yumvikanye na Yowabu. Nuko baca umutwe wa Sheba mwene Bikuri, bawujugunyira Yowabu. Yowabu avuza ihembe ingabo ze zose zirataha, Yowabu na we asubira ibwami i Yeruzalemu.

Ibyegera bya Dawidi

23 Icyo gihe Yowabu yari umugaba w’ingabo zose z’Abisiraheli, Benaya mwene Yehoyada ari umutware w’ingabo zigizwe n’Abakereti n’Abapeleti.

24 Adoramu ni we wayoboraga imirimo y’agahato, Yehoshafati mwene Ahiludi ari umuvugizi w’ibwami.

25 Shewa yari umunyamabanga, Sadoki na Abiyatari bari abatambyi.

26 Ira w’Umunyayayiri na we yari umutambyi ukorera Dawidi.

Categories
2 Samweli

2 Samweli 21

Abanyagibeyoni bihōrera

1 Ku ngoma ya Dawidi hateye inzara imara imyaka itatu ikurikiranye, Dawidi asenga Uhoraho amubaza icyayiteje. Uhoraho aramubwira ati: “Ni ukubera amaraso y’Abanyagibeyoni Sawuli n’ab’umuryango we bamennye.”

2 Abanyagibeyoni ntabwo bari Abisiraheli, ahubwo ni Abamori bacitse ku icumu. Abisiraheli bari baragiranye na bo amasezerano yo kubana mu mahoro. Ariko Sawuli yashatse kubarimbura, kubera ishyaka yarwanira Abisiraheli n’Abayuda.

Umwami Dawidi atumiza Abanyagibeyoni kugira ngo avugane na bo.

3 Arababaza ati: “Nabakorera iki? Nabaha cyiru ki kugira ngo musabire umugisha igihugu Uhoraho yaduhaye?”

4 Abanyagibeyoni baramusubiza bati: “Ikibazo dufitanye na Sawuli n’umuryango we nticyarangizwa n’ifeza cyangwa izahabu, kandi nta n’uburenganzira dufite bwo kwihōrera mu Bisiraheli.”

Dawidi arababwira ati: “Noneho mumbwire icyo mushaka cyose nkibakorere.”

5 Abanyagibeyoni baramubwira bati: “Sawuli yishe benshi muri twe, yashatse kutumara yiyemeza kudutsemba mu gihugu cyose cya Isiraheli.

6 None nimuduhe abantu barindwi mu bamukomokaho tubicire imbere y’Uhoraho, tubate ku gasozi i Gibeya, iwabo wa Sawuli wari waratoranyijwe n’Uhoraho.”

Umwami aravuga ati: “Ndababahaye.”

7 Ariko kubera indahiro Dawidi yari yararahiriye Yonatani mwene Sawuli mu izina ry’Uhoraho, ntiyatanga Mefibosheti umuhungu wa Yonatani akaba n’umwuzukuru wa Sawuli.

8 Umwami afata Arumoni na Mefibosheti abahungu Sawuli yabyaranye na Risipa umukobwa wa Aya, afata n’abahungu batanu Merabu umukobwa wa Sawuli yabyaranye na Adiriyeli mwene Barizilayi w’i Mehola.

9 Bose uko ari barindwi abaha Abanyagibeyoni babicira icyarimwe ku musozi imbere y’Uhoraho, babata aho. Ubwo hari mu minsi yo gutangira gusarura ingano za bushoki.

10 Risipa wa mukobwa wa Aya afata ibigunira, abisasa ku rutare hafi y’iyo mirambo, aguma aho kuva icyo gihe kugeza ubwo Uhoraho yagushirije imvura. Ku manywa yirukanaga ibisiga bije kurya iyo mirambo, nijoro akirukana inyamaswa.

11 Baza kubwira Dawidi icyo Risipa umukobwa wa Aya akaba n’inshoreke ya Sawuli yakoze.

12 Dawidi ajya i Yabeshi y’i Gileyadi, yaka abakuru baho amagufwa ya Sawuli n’ay’umuhungu we Yonatani. Abaturage baho bari baribye imirambo yabo i Betishani, aho Abafilisiti bari barayimanitse bamaze kubicira i Gilibowa.

13 Nuko bazana ayo magufwa, bayakoranyiriza hamwe n’aya ba bandi barindwi bishwe,

14 yose bayahamba hamwe na Kishi se wa Sawuli i Sela mu ntara y’Ababenyamini. Bamaze kurangiza ibyo byose nk’uko umwami yabitegetse, Imana yumva amasengesho yabo.

Dawidi yongera kurwana n’Abafilisiti

15 Abafilisiti bongera gutera Abisiraheli. Dawidi atabarana n’ingabo ze, bararwana kugeza ubwo Dawidi yananiwe.

16 Nuko Umufilisiti muremure kandi munini witwaga Ishibi-Benobu ashaka kwica Dawidi. Yari afite icumu ry’umuringa ripima ibiro bitatu n’igice, yambaye n’inkota nshya ku itako.

17 Ariko Abishayi mwene Seruya agoboka Dawidi, yica uwo Mufilisiti. Ingabo za Dawidi ziramubwira ziti: “Turahire ko utazongera gutabarana natwe, hato utazazimya umuryango wa Isiraheli.”

18 Ikindi gihe urugamba rwongera kuremera i Goba hagati y’Abisiraheli n’Abafilisiti, Sibekayi w’i Husha yica Umufilisiti muremure kandi munini witwaga Safu.

19 Mu kindi gitero cyakurikiyeho aho i Goba, Elihanani mwene Yayiriw’i Betelehemu yica Goliyatiw’i Gati, wari ufite icumu rifite uruti rumeze nk’igiti cy’ikumbo.

20 Ikindi gihe urugamba ruremera i Gati. Hari Umufilisiti w’intwari muremure kandi munini wari ufite intoki esheshatu kuri buri kiganza, n’amano atandatu kuri buri kirenge.

21 Nuko atuka Abisiraheli, maze Yonatani mwene Shama mukuru wa Dawidi aramwica.

22 Abo Bafilisiti barebare kandi banini uko ari bane bakomokaga i Gati, bishwe na Dawidi n’ingabo ze.

Categories
2 Samweli

2 Samweli 22

Dawidi ashimira Uhoraho

1 Uhoraho amaze gukiza Dawidi abanzi be bose cyane cyane Sawuli, Dawidi amuririmbira iyi ndirimbo

2 agira ati::

Uhoraho ni urutare runkingira,

ni ubuhungiro ntamenwa bwanjye,

ni n’Umukiza wanjye.

3 Imana yanjye ni urutare mpungiraho,

ni ingabo inkingira ikambashisha gutsinda,

ni urukuta rurerure runkingira,

ni we unkiza abanyarugomo.

4 Uhoraho nasingizwe!

Naramutabaje ankiza abanzi banjye.

5 Urupfu rwanyugarije nk’imivumba y’amazi,

imyuzure irimbura intera ubwoba.

6 Ingoyi z’ikuzimu zaramboshye,

nabaye nk’ufashwe mu mutego w’urupfu.

7 Nageze mu kaga ntakambira Uhoraho,

ntabaza Imana yanjye kugira ngo intabare,

yanyumvise yibereye mu ijuru,

yumvise ugutabaza kwanjye.

8 Icyo gihe isi yarahungabanye iratingita,

imfatiro z’ijuru ziranyeganyega,

zatigishijwe n’uburakari bw’Imana.

9 Uburakari bwayo bwasohotse mu mazuru yayo nk’umwotsi ucucumuka,

umujinya wayo uyisohoka mu kanwa umeze nk’inkongi y’umuriro.

10 Uhoraho yitsa ijuru aramanuka,

yaje akandagiye ku gicu cyijimye cyane.

11 Umukerubi aguruka amuhetse,

uwo mukerubi aboneka aguruka mu muyaga.

12 Uhoraho ntiyagaragaraga yari atwikiriwe n’umwijima,

yari atwikiriwe n’ibicu bibuditse nk’iby’imvura ikubye cyane.

13 Aho yari ari haturukaga imirabyo n’ibishashi by’umuriro.

14 Uhoraho ahindishiriza inkuba mu ijuru,

ijwi ry’Uhoraho Usumbabyose rirumvikana.

15 Yarashe imyambi ye atatanya abanzi,

imirabyo irabije bakwira imishwaro.

16 Ubutaka bwo munsi y’inyanja bwaragaragaye,

imfatiro z’isi ziriyanika,

byatewe n’uburakari bwe no gucyaha kwe.

17 Nari ngiye kurohama mu mazi,

amanura ukuboko arandohora.

18 Yankijije umwanzi wanjye ukomeye,

yankijije n’abandwanya bandusha imbaraga.

19 Ku munsi w’amakuba bari bantangatanze,

ariko Uhoraho yaranshyigikiye.

20 Yankuye mu makuba anshyira mu mudendezo,

yarantonesheje bituma andokora.

21 Uhoraho angirira neza kuko ndi intungane,

anyitura ibihwanye n’ibyo nkora biboneye.

22 Nakurikije amabwiriza y’Uhoraho,

sinagize icyo ncumura ku Mana yanjye.

23 Koko ibyemezo yafashe byose ndabyubahiriza,

amateka yayo yose ndayakurikiza.

24 Nayibereye indakemwa,

nirinze kugira ikibi nakora.

25 Uhoraho yanyituye ibikwiranye n’ubutungane bwanjye,

yabinyituye akurikije ibyo nkora biboneye.

26 Uhoraho, indahemuka ntuyihemukira,

indakemwa nta cyo uyikemanga.

27 Uboneye umugaragariza ko uboneye,

naho indyarya ukayirusha ubucakura.

28 Koko ugoboka ubwoko bwawe buri mu kaga,

ariko abirasi urabareba ukabacisha bugufi.

29 Uhoraho, ni wowe umurikira,

Uhoraho, ni wowe utuma umwijima ndimo ubisa umucyo.

30 Mana yanjye, iyo uri kumwe nanjye sintinya guhangana n’igitero,

iyo uri kumwe nanjye ntondagira urukuta ngatsemba abanzi.

31 Imigenzereze y’Imana ntigira amakemwa,

ibyo Uhoraho avuga biratunganye,

ni ingabo ikingira abamuhungiraho.

32 Uhoraho wenyine ni we Mana,

Imana yacu ni yo yonyine rutare rudukingira.

33 Imana mpungiraho ni inyambaraga,

ni yo inyobora inzira itagira amakemwa.

34 Impa kugenda nta mpungenge nk’imparakazi itondagira ibihanamanga,

inshyira ahirengeye nkahashinga ibirindiro.

35 Ni yo intoza kujya ku rugamba,

imbashisha kurashisha umuheto ukomeye.

36 Mana, unkingira ingabo yawe ukankiza,

warantabaye bintera ishema.

37 Ni wowe nkesha kugenda nta cyo nikanga,

ibirenge byanjye ntibyigera bitsikira.

38 Nirukankana abanzi banjye nkabarimbura,

simpindukira ntamaze kubatsemba.

39 Ndabatsemba nkabajanjagura ntibashobore kwegura umutwe,

barambarara hasi imbere yanjye.

40 Ku rugamba ni wowe umpa imbaraga,

abandwanya ukampa kubatikiza.

41 Utuma abanzi banjye bampunga,

ababisha banjye nkabatsemba.

42 Baratakamba ariko ntibagire n’umwe ubatabara,

batakambira Uhoraho ariko ntabasubize.

43 Ndabaribata nkabahindura nk’umukungugu,

mbakāta nk’ukāta urwondo rwo mu nzira, nkabanyukanyuka.

44 Uhoraho, wankijije kwigomeka kw’abantu banjye,

wampaye kugenga amahanga,

ubwoko ntazi iyo buturuka buza kumpakwaho.

45 Abanyamahanga baranyobotse,

mvuga rimwe bakanyumvira.

46 Abanyamahanga bacitse intege,

basohotse mu bigo ntamenwa byabo bahinda umushyitsi.

47 Uhoraho arakabaho!

Nasingizwe we rutare runkingira.

Imana yo rutare rwanjye n’Umukiza wanjye nihabwe ikuzo.

48 Imana yanjye ni yo impōrera,

ni yo ituma abanyamahanga banyoboka,

49 yangobotoye mu maboko y’abanzi banjye.

Uhoraho, ni wowe umpa gutsinda ababisha banjye,

ni wowe unkiza abanyarugomo.

50 Ni cyo gituma ngusingiza mu ruhame rw’amahanga,

ni na cyo gituma nzakuririmba.

51 Umwami wiyimikiye umuha gutsinda gukomeye,

uwo wimikishije amavutauhora umugirira neza,

uwo ni Dawidi n’abazamukomokaho iteka ryose.

Categories
2 Samweli

2 Samweli 23

Igisigo cya nyuma cya Dawidi

1 Aya ni yo magambo y’indunduro yavuzwe na Dawidi.

“Nimwumve amagambo ya Dawidi mwene Yese,

nimwumve amagambo y’umuntu washyizwe hejuru cyane,

ni we Imana ya Yakobo yimikishije amavuta,

ni umuhimbyi w’indirimbo w’ingenzi mu Bisiraheli.

2 Mwuka w’Uhoraho avugira muri jye,

anshyize mu kanwa ijambo rye.

3 Imana y’Abisiraheli yaravuze,

yo Rutare rubakingira yarambwiye iti:

‘Umwami unyubaha agategekesha abantu ukuri,

4 ameze nk’izuba rirashe mu gitondo kitagira igicu,

imirasire yaryo ituma ibimera bikura neza imvura ihise.’

5 Ni koko Imana yagiriye neza umuryango wanjye,

yampaye Isezerano ridakuka,

ni Isezerano rikomezwa n’amabwiriza yashyizeho,

izampa gutsinda iteka insohoreze n’imigambi.

6 Abapfayongo bose bazamera nk’amahwa bajugunye,

kuko nta wayafatisha intoki:

7 bazabasunikisha icyuma cyangwa uruti rw’icumu,

bazakongorerwa n’umuriro aho basunikiwe.”

Intwari mu ngabo za Dawidi

8 Aya ni yo mazina y’intwari mu ngabo za Dawidi: Yoshebu-Bashebeti w’i Hakemoni yari umutware w’abitwa “Intwari eshatu”. Uwo ni we wicishije icumu abanzi magana inani mu gitero kimwe.

9 Ukurikiraho muri za Ntwari eshatu ni Eleyazari mwene Dodo w’Umwahohi. Yari kumwe na Dawidi ubwo bashotōraga Abafilisiti bari bakoranyijwe no kubarwanya. Abisiraheli barahunze

10 ariko we arakomeza ararwana, yica Abafilisiti benshi kugeza ubwo akaboko kananiwe ikiganza kikumirana n’inkota. Uwo munsi Uhoraho amuha kubatsinda cyane, ba Bisiraheli bagarurwa no gucuza.

11 Uwa gatatu ni Shama mwene Age w’Umuharari. Igihe Abafilisiti bari bakoraniye hafi y’umurima w’inkori, ingabo z’Abisiraheli zarabahunze.

12 Nyamara Shama we ashinga ibiringiro muri uwo murima, arwanya Abafilisiti arabica. Bityo Uhoraho amuha kubatsinda bikomeye.

13 Ikindi gihe intwari eshatu zo muri za zindi mirongo itatu, zisanga Dawidi ku buvumo bwa Adulamu, hari mu gihe cy’isarura. Igitero cy’Abafilisiti cyari gishinze ibirindiro mu kibaya cy’Abarefa.

14 Ubwo Dawidi yari aho hantu hatavogerwa, Abafilisiti bashinze ibirindiro i Betelehemu.

15 Dawidi aravuga ati: “Icyampa ku mazi yo mu iriba ryo hafi y’irembo ry’i Betelehemu!”

16 Za ngabo eshatu z’intwari zibyumvise, zihara amagara zinyura aho Abafilisiti bari bashinze ibirindiro, zivoma amazi muri rya riba ryo hafi y’irembo ry’i Betelehemu ziyashyīra Dawidi. Nyamara Dawidi ayabonye ntiyayanywa, ahubwo ayasuka hasi ayatura Uhoraho.

17 Maze aravuga ati: “Uhoraho, ntibikabeho ko nanywa amazi nk’aya, byaba ari nko kunywa amaraso y’aba bagabo bemeye guhara amagara yabo.” Ni yo mpamvu yanze kuyanywa. Ngibyo ibyakozwe n’izo ntwari uko ari eshatu.

18 Abishayi mukuru wa Yowabu mwene Seruya yari umuyobozi wa za Ntwari eshatu. Yigeze kwicisha icumu abantu magana atatu mu gitero kimwe, ibyo bituma aba ikirangirire nka za Ntwari eshatu

19 ndetse aba icyamamare kuzirusha. Nyamara nubwo yabaye umuyobozi wazo ntiyigeze abarwa muri zo.

20 Hari na Benaya mwene Yehoyada w’i Kabusēli, warangwaga n’ibikorwa byinshi by’ubutwari. Ni we wishe Abamowabu babiri b’intwari. Ikindi gihe amasimbi amaze kugwa, Benaya yamanutse mu rwobo yiciramo intare.

21 Ni we kandi wishe Umunyamisiri w’igihangange. Uwo Munyamisiri yari yitwaje icumu, naho Benaya we yitwaje inkoni yonyine. Yambura wa Munyamisiri icumu rye aba ari ryo amwicisha.

22 Ngibyo ibyo Benaya mwene Yehoyada yakoze, bituma aba ikirangirire nka za Ntwari eshatu.

23 Yabaye ikirangirire kurusha ba batware mirongo itatu, nyamara ntiyigeze abarwa muri za Ntwari eshatu. Nuko Dawidi amugira umutware w’ingabo zamurindaga.

24 Aba ni bo bari intwari mirongo itatu:

Asaheli murumuna wa Yowabu,

Elihanani mwene Dodo w’i Betelehemu,

25 Shama w’i Harodi,

Elika w’i Harodi,

26 Helesi w’i Peleti,

Ira mwene Ikeshi w’i Tekowa,

27 Abiyezeri w’i Anatoti,

Mebunayi w’i Husha

28 Salimoni w’Umwahohi,

Maharayi w’i Netofa,

29 Helebu mwene Bāna w’i Netofa,

Itayi mwene Ribayi w’i Gibeya y’Ababenyamini,

30 Benaya w’i Piratoni,

Hidayi wo mu karere k’imigezi y’i Gāshi,

31 Abiyaluboni w’i Araba,

Azimaveti w’i Bahurimu,

32 Eliyahiba w’i Shālabimu,

abahungu ba Yasheni,

Yonatani,

33 Shama w’Umuharari,

Ahiyamu mwene Sharari w’Umuharari,

34 Elifeleti mwene Ahasibayi w’i Māka,

Eliyamu mwene Ahitofeli w’i Gilo,

35 Hesiro w’i Karumeli,

Pārayi w’i Arabi,

36 Yigali mwene Natani w’i Soba,

Bani w’Umugadi,

37 Seleki w’Umwamoni,

Naharayi w’i Bēroti watwaraga intwaro za Yowabu mwene Seruya,

38 Ira w’i Yatiri,

Garebu w’i Yatiri,

39 Uriya w’Umuheti.

Bose hamwe ni mirongo itatu na barindwi.