Categories
1 Samweli

1 Samweli 25

Urupfu rwa Samweli

1 Samweli aza gupfa, Abisiraheli bose barakorana baramuririra maze bamushyingura iwe i Rama.

Nyuma y’ibyo Dawidi ajya mu butayu bwa Parani.

Nabali yanga gufungurira Dawidi

2-3 I Mawoni hāri umugabo w’umukungu ukomoka kuri Kalebu, akitwa Nabali. Yari afite isambu i Karumeli, n’intama ibihumbi bitatu, n’ihene igihumbi. Umugore we Abigayile yari umunyamutima kandi afite uburanga, ariko Nabali akaba umunyamwaga n’umugome. Umunsi umwe ajya i Karumeli gukemuza intama ze.

4 Dawidi akiri mu butayu amenya ko Nabali akemuza intama ze,

5 amutumaho abasore icumi ati: “Nimujye i Karumeli, mundamukirize Nabali

6 muti: ‘Gira amahoro n’ubugingo wowe n’abawe, n’ibyo utunze biguhire.

7 Namenye ko waje gukemuza intama. Igihe cyose twamaranye n’abashumba bawe i Karumeli twabanye neza, kandi nta tungo ryawe twatwaye,

8 na bo ubibarize barabikubwira. None rero kubera umunsi mukuru, abo basore banjye ubakīre neza, ubahe ibyo gufungurira abagaragu bawe nanjye Dawidi umwana wawe.’ ”

9 Abo basore bageze kwa Nabali, bamusubiriramo amagambo yose Dawidi yabatumye maze barategereza.

10 Nabali arabasubiza ati: “Dawidi uwo mwene Yese ni nde? Muri iki gihe hari abagaragu benshi batoroka ba shebuja,

11 none ngo nimfate imigati n’amazi n’inyama nazigamiye abakemura intama zanjye, maze mbihe abantu ntazi n’iyo baturuka!”

12 Abo basore basubira aho Dawidi ari, bamutekerereza ibyo Nabali yavuze.

13 Nuko Dawidi abwira ingabo ze ati: “Buri wese nafate inkota ye.” Maze babigenza batyo, Dawidi na we afata iye ajyana n’ingabo zigera kuri magana ane, izindi magana abiri zisigara zirinze ibintu.

14 Hagati aho umwe mu bagaragu ba Nabali aza kubwira Abigayile muka Nabali ati: “Dawidi aho ari mu butayu yatumye abantu gusuhuza databuja, ariko ababwira nabi.

15 Nyamara abo bantu batugiriye neza cyane igihe cyose twamaranye na bo mu gasozi twabanye neza kandi nta tungo ryacu na rimwe batwaye.

16 Igihe cyose twari kumwe na bo turagiye imikumbi, batubereye nk’urukuta rudukingira ijoro n’amanywa.

17 None rero gerageza urebe icyo ukwiriye gukora, kuko ibya databuja n’urugo rwe byarangiye, dore ko we ari indakoreka umuntu akaba nta cyo yamubwira!”

18 Nuko Abigayile ategura bwangu imigati magana abiri n’intama eshanu zitetse neza, n’impago ebyiri za divayi, n’ibiro cumi na bitanu by’ingano zikaranze, n’amaseri ijana y’imizabibu yumye, n’utubumbe magana abiri tw’imbuto z’umutini, abihekesha indogobe.

19 Abwira abagaragu be ati: “Nimugende ndaza mbakurikiye.” Ariko ntiyagira icyo abwira umugabo we Nabali.

20 Nuko amanuka umusozi rwihishwa ari ku ndogobe, Dawidi n’ingabo ze na bo bamanutse barahura.

21 Dawidi yari yavuze ati: “Ni ishyano kuba nararinze amatungo yose y’uriya mugabo mu gasozi, akaba nta na rimwe ryanyazwe, none akaba anyituye inabi ku neza namugiriye!

22 Uhoraho azampane yihanukiriye, nibucya hari umuntu w’igitsinagabo ukirangwa kwa Nabali!”

23 Abigayile akubise Dawidi amaso ahita yururuka ku ndogobe, amwikubita imbere yubamye.

24 Acyubamye imbere ye aramubwira ati: “Databuja, ube ari jye ubaraho icyaha! Mbabarira untege amatwi wumve icyo nkubwira.

25 Databuja, ntiwite ku by’iriya ndakoreka Nabali. Koko izina ni ryo muntu. Nabali risobanurwa ngo ikigoryi kandi ubugoryi ni bwo bumuranga! Icyakora databuja, sinabonye abo basore wari watumye.

26 None rero databuja, ndahiye Uhoraho kandi nawe ndakurahiye, ni Uhoraho ukubujije kumena amaraso no kwihorēra. Databuja, icyampa abanzi bawe n’abashaka kukugirira nabi bose bakaba nka Nabali!

27 None rero databuja, aya maturo nkuzaniye uyahe ingabo zawe muri kumwe.

28 Ndakwinginze umbabarire icyaha cyanjye, ikibi ntikikarangwe mu mibereho yawe yose. Uhoraho azaguha kwima ingoma wowe n’abazagukomokaho, kuko umurwanirira.

29 Nihagira umuntu uzagukurikirana ashaka kukwica, Uhoraho Imana yawe azakinga ukuboko agukomereze ubuzima, naho abanzi bawe azabata iyo gihera nk’ukoresheje umuhumetso.

30 Databuja, Uhoraho namara kugukorera ibyo yagusezeranyije byose, akakugira umutegetsi w’Abisiraheli,

31 ntuzicuze ko utihōreye umena amaraso nta mpamvu. Databuja, Uhoraho namara kukugabira uzanyibuke.”

32 Nuko Dawidi abwira Abigayile ati: “Nihasingizwe Uhoraho Imana y’Abisiraheli, we wakohereje uyu munsi kugira ngo duhure!

33 Nawe ushimirwe gushyira mu gaciro kwawe, kuko uyu munsi wambujije kumena amaraso kugira ngo nihorēre.

34 Nari narahiye Uhoraho Imana y’Abisiraheli, ko bwari gucya nta muntu w’igitsinagabo ukirangwa kwa Nabali. Ariko Uhoraho yambujije kukugirira nabi, kuko wahise unsanganira.”

35 Nuko Dawidi yakira ibyo Abigayile amutuye, maze aramubwira ati: “Isubirire imuhira amahoro, wiboneye ko nakumvise nkakwakira neza.”

36 Abigayile ageze imuhira, asanga Nabali yakoresheje ibirori nk’iby’umwami. Yari yanezerewe ndetse yasinze. Abigayile ntiyagira icyo amubwira kugeza mu gitondo.

37 Bukeye Nabali amaze gusinduka, umugore we amutekerereza ibyari byabaye maze umutima urahagarara amera nk’igiti.

38 Hashize nk’iminsi icumi, Uhoraho atuma Nabali apfa.

39 Dawidi amenye ko Nabali yapfuye aravuga ati: “Nihasingizwe Uhoraho wandengeye akankiza agasuzuguro ka Nabali, kandi akandinda kugira nabi. Uhoraho yatumye ubugome bwa Nabali bumugaruka.” Nuko Dawidi atuma abagaragu be kumurehereza Abigayile, kugira ngo amubere umugore.

40 Bageze i Karumeli baramubwira bati: “Dawidi yakudutumyeho kugira ngo tukuzane umubere umugore.”

41 Nuko Abigayile yubama imbere yabo aravuga ati: “Dore ndi umuja we, niyemeje kujya nōza ibirenge by’abagaragu ba databuja.”

42 Abigayile ahaguruka bwangu yurira indogobe, aherekezwa n’abaja batanu, akurikira intumwa za Dawidi maze aba umugore we.

43 Dawidi yari yaranarongoye Ahinowamu w’i Yizerēli, bombi bamubera abagore.

44 Naho Mikali umukobwa wa Sawuli wahoze ari umugore wa Dawidi, Sawuli yari yaramushyingiye Palitiyeli mwene Layishi w’i Galimu.

Categories
1 Samweli

1 Samweli 26

Dawidi yongera kwanga kwica Sawuli

1 Abanyazifu bongera kujya i Gibeya kubwira Sawuli ko Dawidi yihishe ku musozi wa Hakila, ahateganye na Yeshimoni.

2 Sawuli atoranya mu Bisiraheli ingabo z’intwari ibihumbi bitatu, bajya gushakira Dawidi mu butayu bw’i Zifu.

3 Sawuli ashinga amahema ku musozi wa Hakila ahateganye na Yeshimoni, iruhande rw’inzira. Dawidi we yiberaga mu butayu, yumva ko Sawuli yaje kumuhīga.

4 Nuko yohereza abatasi, amenya ko Sawuli yahageze koko.

5 Dawidi ajya kugenzura, amenya aho Sawuli na Abuneri mwene Neri umugaba w’ingabo ze baryamye. Sawuli yari aryamye hagati ingabo ze zimukikije.

6 Dawidi abaza Ahimeleki w’Umuheti, na Abishayimukuru wa Yowabu mwene Seruya ati: “Ni nde turi bumanukane tukajyana aho Sawuli n’ingabo ze baraye?”

Abishayi aramusubiza ati: “Ni jye turi bujyane.”

7 Nijoro Dawidi na Abishayi bajyayo basanga Sawuli asinziriye, icumu rye rishinze iruhande rw’umusego. Abuneri n’izindi ngabo bari baryamye bamukikije.

8 Abishayi ni ko kubwira Dawidi ati: “Uyu munsi Imana ikugabije umwanzi wawe, none ureke mushite ku butaka n’icumu rimwe gusa ntashubijemo.”

9 Dawidi asubiza Abishayi ati: “Uramenye ntugire icyo umutwara kuko nta kuntu utabarwaho igicumuro, wishe uwo Uhoraho yimikishije amavuta.

10 Ndahiye Uhoraho, Uhoraho azabe ari we umwiyicira, yapfa igihe cye kigeze cyangwa akagwa ku rugamba.

11 Uhoraho arandinde gukora ishyano ngo nice uwo yimikishije amavuta. Ahubwo fata icumu rye riri iruhande rw’umusego, n’agacuma ke k’amazi twigendere.”

12 Dawidi na Abishayi batwara icumu n’agacuma k’amazi byari iruhande rw’umusego wa Sawuli barigendera. Ntihagira n’umwe ubabona cyangwa ngo abimenye, cyangwa ngo akanguke, kuko bose bari basinziriye ubuticura babitewe n’Uhoraho.

13 Nuko Dawidi ajya hakurya mu mpinga y’umusozi ahitaruye,

14 ahamagara ingabo za Sawuli na Abuneri mwene Neri ati: “Abuneri we, uranyumva?”

Abuneri aramubaza ati: “Uri nde yewe muntu usakuriza umwami?”

15 Dawidi aramubwira ati: “Ko uri intwari ukaba utagira uwo muhwanye mu ngabo z’Abisiraheli, ni iki cyatumye utabasha kurarira umwami shobuja? Hari umuntu waje kwica umwami shobuja ntiwamubona.

16 Ibyo mwakoze si byo. Ndahiye Uhoraho ko mukwiye kwicwa kuko mutaraririye shobuja, uwo Uhoraho yimikishije amavuta. Ngaho reba niba icumu rye n’agacuma ke k’amazi bikiri iruhande rw’umusego we.”

17 Sawuli yumvise iryo jwi amenya ko ari irya Dawidi, ni ko kumubaza ati: “Mwana wanjye Dawidi, koko iryo jwi ni iryawe?”

Dawidi aramusubiza ati: “Ni iryanjye, nyagasani.

18 Ariko se databuja, ni iki gituma ukomeza kunkurikirana? Nakoze iki? Ikibi nakugiriye ni ikihe?

19 None nyagasani, wumve icyo nkubwira. Niba Uhoraho ari we wakunteje, nzamuha ituro ryo kwiyunga na we, ariko niba ari abantu bakunteje Uhoraho abavume. Banciye mu gihugu cy’Uhoraho bagira ngo njye aho ndamya izindi mana,

20 ariko Uhoraho ntiyemere ko mpfira mu mahanga. Ni kuki umwami w’Abisiraheli yahagurutswa no guhīga imbaragasa nkanjye, cyangwa akaba nk’uhīga inkware mu gasozi?”

21 Sawuli aravuga ati: “Dawidi mwana wanjye, naracumuye none garuka sinzongera kukugirira nabi. Iri joro wanyeretse ko udashaka kunyica. Ni koko nagenje nk’umusazi kandi naribeshye bikabije!”

22 Dawidi aramubwira ati: “Dore icumu ryawe, ohereza umwe mu basore bawe yambuke aze arifate.

23 Uhoraho yitura buri wese ibihwanye n’ubutungane n’ubudahemuka bwe. Iri joro Uhoraho yakungabije, ariko nanze kukwica kuko yakwimikishije amavuta.

24 None rero nk’uko nakijije ubugingo bwawe iri joro, nanjye Uhoraho azankize andinde amakuba yose.”

25 Sawuli aramubwira ati: “Dawidi mwana wanjye, ngusabiye umugisha! Icyo uzajya ukora cyose uzajye uhirwa, no gutsinda uzatsinda!”

Nuko Dawidi arigendera, naho Sawuli asubira iwe.

Categories
1 Samweli

1 Samweli 27

Dawidi yongera guhungira mu Bafilisiti

1 Nyuma y’ibyo Dawidi aribwira ati: “Umunsi umwe Sawuli azanyica. Icyiza ni uko nahungira mu gihugu cy’Abafilisiti. Nindenga umupaka w’Abisiraheli bizaca Sawuli intege ye gukomeza kunkurikirana, bityo mbe mukize.”

2 Nuko ahagurukana n’ingabo ze magana atandatu, bajya kwa Akishi mwene Mawoki umwami w’i Gati,

3 buri wese ajyana n’umuryango we. Dawidi na we ajyana n’abagore be bombi Ahinowamu w’i Yizerēli, na Abigayile wahoze ari muka Nabali w’i Karumeli, batura i Gati kwa Akishi.

4 Baza kubwira Sawuli ko Dawidi yahungiye i Gati, ntiyakomeza kumukurikirana.

5 Dawidi abwira Akishi ati: “Nyagasani niba ngutonnyeho, umpe aho njya kwiturira mu mujyi wo mu cyaro, kuko bidakwiye ko dukomeza guturana nawe mu murwa wawe.”

6 Uwo munsi Akishi amugabira Sikulagi. Ni yo mpamvu uwo mujyi wabaye uw’abami b’u Buyuda kugeza n’ubu.

7 Dawidi yamaze umwaka n’amezi ane mu gihugu cy’Abafilisiti.

8 Bakiri i Sikulagi, Dawidi n’ingabo ze bāgabaga ibitero mu Bageshuri no mu Bagirizi no mu Bamaleki, kuva kera ayo moko yari atuye mu karere ka Shuru kugeza mu Misiri.

9 Aho Dawidi yateraga muri ako karere ntiyasigaga n’uwo kubara inkuru, yaba umugabo cyangwa umugore. Yanyagaga amashyo n’imikumbi, n’indogobe n’ingamiya n’imyambaro, yatabaruka akajya kwa Akishi.

10 Iyo Akishi yamubazaga niba hari aho bateye, Dawidi yamusubizaga ko bagiye mu majyepfo ya Kanāni, bagatera Abayuda cyangwa Abayerahimēli cyangwa Abakeni.

11 Aho Dawidi yateraga yarabatsembaga ntihagire umuntu n’umwe ajyana i Gati, kuko yatinyaga ko babwira Akishi ibyo akora. Uko ni ko yabigenzaga igihe cyose yamaze mu gihugu cy’Abafilisiti.

12 Akishi yaramwizeraga cyane kuko yibwiraga ati: “Dawidi yatumye Abisiraheli bamuzinukwa, none azaba umugaragu wanjye iteka.”

Categories
1 Samweli

1 Samweli 28

1 Muri iyo minsi Abafilisiti bakoranya ingabo kugira ngo batere Abisiraheli. Akishi abwira Dawidi ati: “Umenye neza ko wowe n’ingabo zawe muzatabarana natwe.”

2 Dawidi aramusubiza ati: “Databuja, ahubwo nawe ubwawe uzaba wirebera ibyo nzakora!”

Akishi aramubwira ati: “Kuva ubu rero uzaba umutware w’ingabo zindinda.”

Sawuli n’umushitsikazi wa Endori

3 Muri icyo gihe Samweli yari yarapfuye, Abisiraheli baramaze kumuririra no kumushyingura mu mujyi w’iwabo i Rama. Sawuli kandi yari yaraciye mu gihugu cye hose abapfumu n’abashitsi.

4 Nuko Abafilisiti barakorana bashinga ibirindiro i Shunemu. Sawuli na we akoranya ingabo z’Abisiraheli bashinga ibirindiro ku musozi wa Gilibowa.

5 Sawuli abonye ibirindiro by’ingabo z’Abafilisiti, agira ubwoba cyane akuka umutima.

6 Agisha Uhoraho inama ariko ntiyagira icyo amusubiza, haba mu nzozi cyangwa hakoreshejwe Urimu, cyangwa binyuze ku bahanuzi.

7 Nuko Sawuli abwira ibyegera bye, ngo bijye kumushakira umugore ushobora gushika abazimu, kugira ngo ajye kumushikishaho. Ibyegera bye bimurangira umushitsikazi wa Endori.

8 Nijoro Sawuli ariyoberanya ahindura imyambaro, ajyana n’abagabo babiri kwa wa mugore. Sawuli aramubwira ati: “Ndagusabye unshikire umuzimu w’uwo ndi bukubwire.”

9 Uwo mugore aramubwira ati: “Uzi ko Sawuli yaciye mu gihugu abashitsi n’abapfumu bose. None ni iki gitumye untega umutego wo kunyicisha?”

10 Sawuli amurahira mu izina ry’Uhoraho ati: “Nkurahiye Uhoraho, ibyo nta cyo bizagutwara.”

11 Umugore aramubaza ati: “Ngushikire nde?”

Sawuli aramusubiza ati: “Nshikira Samweli.”

12 Wa mugore abonye Samweli atera hejuru, abaza Sawuli ati: “Ni iki cyatumye umbeshya bene aka kageni? Uri Sawuli!”

13 Sawuli aramubwira ati: “Humura witinya! Ariko se ubonye iki?”

Umugore aramubwira ati: “Mbonye umuzimu azamuka ava ikuzimu!”

14 Sawuli aramubaza ati: “Ubonye asa ate?”

Umugore ati: “Ni umusaza wifubitse igishura.” Sawuli amenya ko ari Samweli, yikubita hasi yubamye akoza uruhanga hasi.

15 Nuko Samweli abaza Sawuli ati: “Ni kuki wankubaganiye ukampamagaza?”

Sawuli aramusubiza ati: “Ndi mu kaga gakomeye cyane, Abafilisiti banteye kandi Imana yaranzinutswe! Nta cyo yigeze insubiza, yaba ikoresheje abahanuzi cyangwa mu nzozi. None naguhamagaje kugira ngo umbwire icyo ngomba gukora.”

16 Samweli aramubaza ati: “None se niba Uhoraho yarakuzinutswe akaba yarabaye umwanzi wawe, urangishiriza iki inama?

17 Uhoraho ashohoje ibyo yakuntumyeho, akuvanye ku ngoma ayihaye mugenzi wawe Dawidi.

18 Icyatumye Uhoraho akugenza atyo, ni uko utamwumviye ngo ukore ibyo yagutegetse, ukurikije uko yari yarakariye Abamaleki.

19 Wowe ubwawe n’Abisiraheli bose Uhoraho azabagabiza Abafilisiti, ndetse ejo wowe n’abahungu bawe tuzaba turi kumwe ikuzimu, naho ingabo z’Abisiraheli zizatsindwa.”

20 Ako kanya Sawuli yikubita hasi arambaraye kuko amagambo ya Samweli yari amuteye ubwoba cyane, kandi nta n’agatege yari afite kuko yari amaze umunsi n’ijoro nta cyo akoza ku munwa.

21 Wa mugore yegera Sawuli asanga yazahaye cyane. Ni ko kumubwira ati: “Databuja, nakumviye nemera guhara amagara yanjye nkora ibyo wambwiye.

22 None nanjye umuja wawe ndakwinginze wumve icyo nkubwira: ureke nguhe utwo ufungura ufate agatege, maze ubone gukomeza urugendo.”

23 Ariko Sawuli aranga ati: “Ntabwo ndi burye.” Nyamara ibyegera bye na wa mugore bakomeje kumuhata aremera, arahaguruka yicara ku buriri.

24 Uwo mugore yari afite ikimasa cy’umushishe akibagisha vuba vuba, afata n’ifu akora imigati idasembuye.

25 Arangije ahereza Sawuli n’abagaragu be barafungura. Hanyuma barahaguruka basubira mu birindiro byabo muri iryo joro.

Categories
1 Samweli

1 Samweli 29

Abafilisiti banga kujyana na Dawidi ku rugamba

1 Mbere y’uko Abisiraheli bakambika hafi y’isōko mu kibaya cya Yizerēli, Abafilisiti bari bakoranyirije ingabo zabo zose Afeki.

2 Abategetsi b’Abafilisiti biyereka imbere y’imitwe y’ingabo zabo, iy’amagana n’iy’ibihumbi. Dawidi n’ingabo ze baza ubwa nyuma bakurikiye Akishi.

3 Nuko abategetsi b’Abafilisiti babaza Akishi bati: “Bariya Baheburayi baragenzwa n’iki?”

Arabasubiza ati: “Uriya ni Dawidi wari umugaragu wa Sawuli umwami w’Abisiraheli. Tumaranye umwaka urenga kandi kuva yagera iwanjye nta cyo munengaho.”

4 Ariko abategetsi b’Abafilisiti barakarira Akishi, baramubwira bati: “Sezerera uriya mugabo asubire aho wamugabiye. Ntatabarana natwe, kuko tugeze ku rugamba yaduhinduka akatugambanira. Mbese hari ukundi yakwiyunga na shebuja uretse kutwicisha?

5 Si we Dawidi babyinaga ngo

‘Sawuli yishe ibihumbi,

Dawidi we yica ibihumbagiza?’ ”

6 Nuko Akishi ahamagaza Dawidi aramubwira ati: “Nkurahiye Uhoraho ko uri intungane. Ndetse nakwishimira gutabarana nawe, kandi nta kibi nigeze nkubonaho kuva wagera iwanjye kugeza uyu munsi. Ariko abategetsi ntibakwishimiye.

7 None isubirireyo mu mahoro, we kugira icyo ukora kidashimishije abategetsi b’Abafilisiti.”

8 Dawidi abaza Akishi ati: “Nyagasani, icyo nakoze kibi ni iki, kuva aho nagereye iwawe kugeza uyu munsi? Databuja, ni iki wambonyeho kimbuza kujya kurwanya abanzi bawe?”

9 Akishi aramusubiza ati: “Ntacyo! Ku bwanjye unshimisha nk’umumarayika w’Imana, ariko abakuru b’ingabo z’Abafilisiti bavuze ko badashaka ko utabarana natwe.

10 None rero ejo uzazindukane n’ingabo mwazanye, nibumara gucya mugende.”

11 Bukeye Dawidi azindukana n’ingabo ze basubira mu gihugu cy’Abafilisiti, naho Abafilisiti bajya i Yizerēli.

Categories
1 Samweli

1 Samweli 30

Dawidi arwanya Abamaleki

1 Ku munsi wa gatatu ni bwo Dawidi n’ingabo ze bageze i Sikulagi, basanga Abamaleki barateye mu majyepfo ya Kanāni, ndetse barashenye Sikulagi baranayitwika.

2 Abamaleki bari baranyaze abagore n’abandi bantu bose bari bahari, abakuru n’abato. Nta muntu n’umwe bishe, ahubwo bose barabajyanye.

3 Dawidi n’ingabo ze bahageze basanga umujyi ari umuyonga, abagore babo n’abahungu babo n’abakobwa babo barajyanywe ho iminyago.

4 Dawidi n’ingabo ze baraboroga kugeza ubwo bari batagishobora kurira.

5 Abagore bombi ba Dawidi, Ahinowamu w’i Yizerēli na Abigayile wahoze ari muka Nabali w’i Karumeli, na bo bari baranyazwe.

6 Ingabo zose zari zarakaye cyane kubera ko abana babo bari banyazwe, bityo bajya inama yo kwicisha Dawidi amabuye. Ariko muri ayo makuba yose, Dawidi arushaho kugira ubutwari ku bw’Uhoraho Imana ye.

7 Dawidi abwira umutambyi Abiyatari mwene Ahimeleki ati: “Zana igishura cy’ubutambyi.” Abiyatari arakizana.

8 Dawidi abaza Uhoraho ati: “Mbese ninkurikira Abamaleki nzabashyikira?”

Uhoraho aramusubiza ati: “Bakurikire uzabashyikira, kandi uzabohōza abo banyaze.”

9 Dawidi ahagurukana n’ingabo ze magana atandatu, bageze ku mugezi wa Besori

10 ingabo magana abiri zirahasigara, kubera ko bari bananiwe. Dawidi akomezanya n’ingabo magana ane.

11 Bakigenda ingabo za Dawidi zibona Umunyamisiri ku gasozi, ziramumuzanira. Zimuha umugati ararya, zimuha n’amazi aranywa,

12 zimuha n’agatsima k’imbuto z’imitini n’amaseri abiri y’imizabibu yumye. Amaze kurya arahembuka. Yari amaze iminsi itatu n’amajoro atatu nta cyo arya nta n’icyo anywa.

13 Dawidi aramubaza ati: “Uri umugaragu wa nde, kandi uri uwa he?”

Uwo musore aramusubiza ati: “Ndi Umunyamisiri w’inkoreragahato y’Umwamaleki. Databuja yantaye aha ndwaye, ubu mpamaze iminsi itatu.

14 Twari twarateye mu majyepfo ya Kanāni, dutera Abakereti n’Abayuda n’abakomoka kuri Kalebu, ndetse dutwika Sikulagi.”

15 Dawidi aramubaza ati: “Wajya kunyereka aho izo ngabo ziri?”

Na we aramusubiza ati: “Ndahira mu izina ry’Imana ko utazanyica cyangwa ngo unsubize databuja, ndajya kukwereka aho ziri.”

16 Nuko arabajyana basanga Abamaleki bari aho hose barya banywa, bari mu birori byo kwishimira iminyago myinshi bavanye mu gihugu cy’Abafilisiti no mu cy’Abayuda.

17 Ingabo za Dawidi zirabica, kuva mu museso kugeza ku mugoroba w’umunsi wakurikiyeho. Uretse abasore magana ane buriye ingamiya zabo bagahunga, nta wundi muntu warokotse.

18 Dawidi abohōza abantu bose Abamaleki bari banyaze, harimo n’abagore be bombi.

19 Ntihagira umuntu n’umwe ubura yaba umuto cyangwa umukuru, yaba umuhungu cyangwa umukobwa, n’iminyago yose Abamaleki bari batwaye arayigaruza.

20 Anyaga amashyo n’imikumbi by’Abamaleki, abashoreye ayo matungo bakagenda bavuga bati: “Uyu ni umunyago wa Dawidi.”

21 Dawidi agera aho ba bandi magana abiri bari bananiriwe, ntibambukane na we umugezi wa Besori. Bamubonye baza kumusanganira we n’abantu bari kumwe. Dawidi arabegera arabaramutsa.

22 Bamwe mu ngabo za Dawidi b’abagome n’ibipfayongo baravuga bati: “Aba bantu tutatabaranye ntituzabaha ku minyago twazanye, uretse ko buri muntu tuzamuha umugore we n’abana be akabajyana.”

23 Dawidi arababwira ati: “Oya bavandimwe, ntimugenze mutyo mu byo Uhoraho yaduhaye, kuko yaturinze akaduha gutsinda abari badutereye umujyi.

24 Nta wakwemera rero igitekerezo cyanyu. Ahubwo mwese muragabana muringanize, ari abagiye ku rugamba ari n’abasigaye barinze ibintu.”

25 Ibyo Dawidi abigira ihame n’itegeko mu Bisiraheli, kuva icyo gihe kugeza n’ubu.

26 Bageze i Sikulagi, Dawidi yoherereza abakuru b’Abayuda b’incuti ze ku minyago bazanye, arababwira ati: “Nimwakire iyo mpano ivuye mu minyago yo mu banzi b’Uhoraho.”

27 Ayoherereza ab’i Beteli n’ab’i Ramoti yo mu majyepfo n’ab’i Yatiri,

28 n’aba Aroweri n’ab’i Sifemoti n’aba Eshitemowa,

29 n’ab’i Rakala n’abo mu mijyi y’Abayerahimēli n’abo mu mijyi y’Abakeni,

30 n’ab’i Horuma n’ab’i Borashani n’aba Ataki,

31 n’ab’i Heburoni n’ab’ahantu hose Dawidi n’ingabo ze bigeze kugera.

Categories
1 Samweli

1 Samweli 31

Urupfu rwa Sawuli n’abahungu be

1 Igihe kimwe Abafilisiti barwanye n’Abisiraheli, barwanira ku musozi wa Gilibowa. Abisiraheli barahunga ndetse benshi muri bo barapfa.

2 Abafilisiti basatira Sawuli n’abahungu be, bica Yonatani na Abinadabu na Malikishuwa bene Sawuli.

3 Urugamba rwibasira Sawuli, abarashi b’Abafilisiti baramusatira baramukomeretsa cyane.

4 Sawuli abwira uwamutwazaga intwaro ati: “Kura inkota yawe unsogote, ntava aho nicwa urubozo na bariya banyamahanga batakebwe!” Ariko uwo wamutwazaga intwaro bimutera ubwoba ntiyabyemera. Sawuli ni ko gufata inkota ye ayishitaho.

5 Uwamutwazaga intwaro abonye Sawuli apfuye, yishita ku nkota ye apfana na Sawuli.

6 Nguko uko uwo munsi Sawuli n’abahungu be batatu n’uwamutwazaga intwaro, n’abo bari kumwe na we bose bapfiriye rimwe.

7 Nuko Abisiraheli bari batuye mu kibaya cya Yizerēli no hakurya ya Yorodani, bamenye ko ingabo z’Abisiraheli zahunze na Sawuli n’abahungu be bapfuye, basiga imijyi yabo barahunga, Abafilisiti baraza bayituramo.

8 Ku munsi ukurikiye uw’urugamba Abafilisiti baza gucuza imirambo, basanga Sawuli n’abahungu be batatu aho bapfiriye ku musozi wa Gilibowa.

9 Bamuca umutwe bamucuza intwaro ze, babizengurukana mu Bufilisiti hose, kugira ngo iyo nkuru imenyekane mu bantu no mu ngoro z’ibigirwamana byabo.

10 Intwaro za Sawuli bazishyira mu ngoro y’imanakazi Ashitaroti, naho umurambo we bawumanika ku rukuta rw’umujyi w’i Betishani.

11 Abaturage b’i Yabeshi y’i Gileyadibumvise ibyo Abafilisiti bakoreye Sawuli,

12 abagabo bose b’intwari bagenda ijoro ryose bajya i Betishani, bamanura umurambo wa Sawuli n’iy’abahungu be bayijyana i Yabeshi barayitwika.

13 Hanyuma barundarunda amagufwa yabo, bayahamba aho i Yabeshi munsi y’umunyinya. Nuko bamara iminsi irindwi bigomwa kurya.

Categories
2 Samweli

2 Samweli 1

Dawidi amenyeshwa urupfu rwa Sawuli na Yonatani

1 Sawuli amaze gupfa Dawidi asubira i Sikulagi amaze gutsinda Abamaleki, ahamara iminsi ibiri.

2 Ku munsi wa gatatu haza umuntu uvuye mu birindiro by’ingabo za Sawuli, yari yashishimuye imyambaro ye, yiyoreye umukungugu mu mutwe nk’uwapfushije. Ageze imbere ya Dawidi yikubita hasi yubamye.

3 Dawidi aramubaza ati: “Uturutse he?”

Aramusubiza ati: “Nacitse mu birindiro by’ingabo z’Abisiraheli.”

4 Dawidi aramubwira ati: “Ntekerereza uko byagenze.”

Uwo muntu ati: “Abisiraheli barahunze kandi benshi muri bo baguye ku rugamba, ndetse Sawuli n’umuhungu we Yonatani na bo barapfuye.”

5 Dawidi abaza uwo musore ati: “Wamenye ute ko Sawuli n’umuhungu we Yonatani bapfuye?”

6 Uwo musore ati: “Nari ku musozi wa Gilibowa mbona Sawuli yishingikirije icumu, yari asatiriwe cyane n’Abafilisiti bari mu magare y’intambara n’abarwanira ku mafarasi.

7 Akebutse arambona, arampamagara nditaba nti: ‘Karame!’

8 Ambaza uwo ndi we mubwira ko ndi Umwamaleki.

9 Ni ko kumbwira ati: ‘Igira hino unsonge kuko mbabara cyane nubwo ngihumeka.’

10 Nuko ndamwegera ndamusonga, kuko nabonaga ko n’ubundi ari bupfe. Hanyuma mfata ikamba rye n’umuringa yari yambaye ku kuboko, ndabikuzanira nyakubahwa.”

11 Dawidi ashishimura imyambaro ye, n’abari kumwe na we bose babigenza batyo,

12 bararira baraboroga, biyiriza ubusa kubera Sawuli n’umuhungu we Yonatani, no kubera ingabo z’Uhoraho n’abandi Bisiraheli bose bari baguye ku rugamba.

13 Dawidi abaza uwo musore ati: “Uri uwa he?”

Aramusubiza ati: “Data ni Umwamaleki w’umwimukīra mu gihugu cyanyu.”

14 Dawidi aramubwira ati: “Koko watinyutse kwica umwami Uhoraho yimikishije amavuta!”

15 Dawidi ni ko guhamagara umwe mu ngabo ze aramubwira ati: “Genda umwice.” Nuko aramwica.

16 Dawidi yari yabwiye uwo Mwamaleki ati: “Amaraso yawe aguhame, kuko wizize ubwo wihamyaga ko wishe umwami Uhoraho yimikishije amavuta.”

Dawidi aririra Sawuli na Yonatani

17 Nuko Dawidi ahimba indirimbo yo kuririra Sawuli n’umuhungu we Yonatani,

18 ategeka ko izigishwa Abayuda bose. Ni indirimbo yitwa iy’umuheto, yanditswe mu gitabo cya Yashari.

19 “Isiraheli we, icyubahiro cyawe kiburiye mu mpinga z’imisozi

mbega ukuntu intwari zawe zahaguye!

20 Ntimubihingukirize ab’i Gati,

ntibizamamazwe mu mayira ya Ashikeloni,

naho ubundi Abafilisitikazi bazishima,

abo bakobwa b’abatemera Imana bazasābwa n’ibyishimo.

21 Misozi y’i Gilibowa, ikime n’imvura ntibikabatose ukundi,

imirima yanyu ntizongere kurumbuka,

ingabo zakingiraga intwari zanduriye muri mwe,

ingabo ya Sawuli na yo ntigisigwa amavuta.

22 Umuheto wa Yonatani ntiwahushaga umwanzi,

inkota ya Sawuli na yo ntiyatahaga ubusa,

byombi byicaga ab’intwari mu banzi.

23 Sawuli na Yonatani bari bafite igikundiro mu mibereho yabo,

no mu rupfu rwabo ntibasiganye.

Banyarukaga kurusha agaca,

bagiraga imbaraga kurusha intare!

24 Bisirahelikazi, nimuririre Sawuli,

yabambikaga imyenda y’igiciro,

imyambaro yanyu yayitakishaga zahabu.

25 Mbega ukuntu intwari zaguye ku rugamba!

Yonatani yaguye mu mpinga z’imisozi.

26 Igendere muvandimwe Yonatani unsigiye agahinda,

wari incuti yanjye y’amagara,

wankunze ku buryo butangaje,

urukundo rwawe rwandutiraga urw’abagore.

27 Mbega ukuntu intwari zahaguye!

Intwaro z’intambara zararimbuwe.”

Categories
2 Samweli

2 Samweli 2

Dawidi aba umwami w’Abayuda

1 Nyuma y’ibyo Dawidi agisha Uhoraho inama ati: “Mbese nzamuke njye muri umwe mu mijyi y’u Buyuda?”

Uhoraho aramusubiza ati: “Zamuka ujyeyo.”

Dawidi aramubaza ati: “Njye mu wuhe?”

Uhoraho aramusubiza ati: “Jya i Heburoni.”

2 Dawidi ajyayo, ajyana n’abagore be bombi: Ahinowamu w’i Yizerēli, na Abigayile wahoze ari muka Nabali w’i Karumeli.

3 Ajyana kandi n’ingabo ze zose n’imiryango yazo, bajya gutura i Heburoni no mu mijyi iyikikije.

4 Nuko Abayuda baza i Heburoni, basīga Dawidi amavuta aba umwami wabo. Dawidi amenye ko abantu b’i Yabeshi yo muri Gileyadi ari bo bashyinguye Sawuli,

5 abatumaho ati: “Uhoraho abahe umugisha, kuko mwitaye kuri shobuja Sawuli mukamushyingura.

6 Uhoraho abagirire neza kandi abiteho, nanjye ubwanjye nzabitura iyo neza mwagize.

7 Nuko rero nimukomere mube intwari. Dore shobuja Sawuli yarapfuye, none Abayuda ni jye basīze amavuta ngo mbe umwami wabo.”

Ishibosheti agirwa umwami w’Abisiraheli

8 Abuneri mwene Neri umugaba w’ingabo za Sawuli, yari yajyanye Ishibosheti mwene Sawuli i Mahanayimu.

9 Amugira umwami wa Isiraheli yose igizwe n’intara ya Gileyadi, n’iya Ashērin’iya Yizerēli, n’iy’Abefurayimu n’iy’Ababenyamini.

10 Icyo gihe Ishibosheti mwene Sawuli yari amaze imyaka mirongo ine avutse, amara imyaka ibiri ku ngoma.

Ab’umuryango wa Yuda ni bo bayobotse Dawidi.

11 Dawidi amara imyaka irindwi n’amezi atandatu i Heburoni ari umwami wabo.

Abisiraheli barwanira n’Abayuda i Gibeyoni

12 Abuneri mwene Neri n’ingabo za Ishibosheti mwene Sawuli, bava i Mahanayimu bagenda berekeje i Gibeyoni.

13 Yowabu mwene Seruya na we ajyana n’ingabo za Dawidi berekeza i Gibeyoni. Iyo mitwe yombi y’ingabo ihurira ku cyuzi cy’i Gibeyoni, ishinga ibirindiro ku mpande zombi z’icyuzi, umutwe umwe hakuno undi hakurya.

14 Nuko Abuneri abwira Yowabu ati: “Abasore bamwe bo mu ngabo zanyu nibaze barwane n’abo mu zacu.”

Yowabu arabyemera.

15 Mu ngabo za Ishibosheti mwene Sawuli hahaguruka abasore cumi na babiri b’Ababenyamini, no mu ngabo za Dawidi hahaguruka abandi cumi na babiri.

16 Buri musore asingira umutwe w’uwo bahanganye, amusogota inkota mu rubavu, bose baracuranguka. Ni cyo cyatumye aho hantu hitwa “Umurima w’ubugi bw’inkota”, uri i Gibeyoni.

17 Uwo munsi haba intambara ikomeye cyane, maze ingabo za Dawidi zitsinda Abuneri n’ingabo z’Abisiraheli.

18 Ubwo abahungu batatu ba Seruya ari bo Yowabu na Abishayi na Asaheli, bari muri iyo ntambara. Asaheli yanyarukaga nk’ingeragere,

19 ni ko gukurikirana Abuneri nta gukebakeba.

20 Nuko Abuneri akebutse aramubaza ati: “Mbese ni wowe Asaheli we?”

Aramusubiza ati: “Ni jye.”

21 Abuneri aramubwira ati: “Reka kunkurikirana, genda usumire umwe mu ngabo zanjye umucuze ibyo afite.” Ariko Asaheli ntiyabyitaho akomeza kumukurikirana.

22 Abuneri arongera aramubwira ati: “Waretse rwose kunkurikirana! Kuki ushaka ko nkwica? Nazongera nte kurebana na mukuru wawe Yowabu?”

23 Nyamara Asaheli ntiyareka kumusatira. Nuko Abuneri amutikura umuhunda w’icumu mu nda uhinguka mu mugongo, Asaheli yikubita hasi arapfa. Abantu bose bageze aho Asaheli yaguye bakahahagarara.

24 Ariko Yowabu na Abishayi bakurikirana Abuneri, izuba rirenga bageze ku musozi wa Ama uteganye n’i Giya, ku nzira ijya mu butayu bw’i Gibeyoni.

25 Ingabo z’Ababenyamini zikoranira iruhande rwa Abuneri, ziremamo umutwe umwe mu mpinga y’umusozi.

26 Abuneri ahamagara Yowabu aramubaza ati: “Tuzageza he kwicana? Mbese ibyo ntibizatuzanira ingaruka mbi? Utegereje iki kugira ngo ubwire abantu bawe be gukomeza gukurikirana abavandimwe babo?”

27 Yowabu aramusubiza ati: “Ndahiye Imana ihoraho ko iyo utaza kuvuga ayo magambo, ingabo zanjye zari gurikirana abavandimwe babo kugeza mu gitondo.”

28 Nuko Yowabu avuza ihembe, ingabo ze zireka gukurikirana Abisiraheli, intambara irangira ityo.

29 Muri iryo joro Abuneri n’ingabo ze bamanuka mu kibaya cya Yorodani bambuka uruzi, bambukiranya Bitironi bagera i Mahanayimu.

30 Yowabu amaze kureka gukurikirana Abuneri akoranya ingabo, mu ngabo za Dawidi haburamo abantu cumi n’icyenda na Asaheli.

31 Nyamara zari zishe abantu magana atatu na mirongo itandatu mu Babenyamini no mu ngabo za Abuneri.

32 Nuko bajyana umurambo wa Asaheli, bawushyingura mu mva ya se i Betelehemu. Hanyuma Yowabu n’ingabo ze bagenda ijoro ryose, bucya bageze i Heburoni.

Categories
2 Samweli

2 Samweli 3

1 Intambara imara igihe kirekire hagati y’abashyigikiye abo kwa Sawuli n’abashyigikiye Dawidi. Dawidi yagendaga agwiza amaboko, naho abo kwa Sawuli bakarushaho gucika intege.

Abahungu Dawidi yabyariye i Heburoni

2 Dore abahungu Dawidi yabyariye i Heburoni: uw’impfura ni Amunoni yabyaranye na Ahinowamu w’i Yizerēli,

3 uwa kabiri ni Kileyabu yabyaranye na Abigayile wahoze ari muka Nabali w’i Karumeli, uwa gatatu ni Abusalomu yabyaranye na Māka umukobwa wa Talumayi umwami wa Geshuri,

4 uwa kane ni Adoniya yabyaranye na Hagita, uwa gatanu ni Shefatiya yabyaranye na Abitali,

5 naho uwa gatandatu ni Yitereyamu yabyaranye na Egila. Ngabo abahungu Dawidi yabyariye i Heburoni.

Abuneri yiyunga na Dawidi

6 Mu ntambara yabaye hagati y’ab’inzu ya Sawuli n’iya Dawidi, Abuneri yakomeje kugenda arushaho kwamamara mu bo kwa Sawuli.

7 Sawuli yari afite inshoreke yitwaga Risipa, umukobwa wa Aya. Umunsi umwe Ishibosheti abaza Abuneri ati: “Kuki wahangaye kuryamana n’inshoreke ya data?”

8 Abuneri arakazwa cyane n’ayo magambo ya Ishibosheti, aramubwira ati: “Ese wibwira ko ndi umugambanyi ukorera Abayuda? Kugeza ubu sinigeze ntenguha inzu ya so Sawuli n’abavandimwe be n’incuti ze. Nta cyo ntakoze ngo utagwa mu maboko ya Dawidi, none unshinje ko naryamanye n’uyu mugore?

9 Imana impane yihanukiriye nintasohoza ibyo Uhoraho yarahiye Dawidi,

10 ari byo gukura ubwami mu muryango wa Sawuli kugira ngo Dawidi yime ingoma, aganze muri Isiraheli no mu Buyuda kuva i Dani mu majyaruguru ukageza i Bērisheba mu majyepfo.”

11 Ishibosheti ntiyabasha kugira icyo amusubiza kuko yamutinyaga.

12 Abuneri ahera ko yohereza intumwa kuri Dawidi, ziramubwira ziti: “Ese iki gihugu si icyawe? Reka tugirane amasezerano nzagufashe kwigarurira Isiraheli yose.”

13 Dawidi aramusubiza ati: “Ndabyemeye, nzagirana nawe amasezerano, ariko ntuzantunguke imbere utazanye umugore wanjye Mikali, umukobwa wa Sawuli.”

14 Nuko Dawidi yohereza intumwa kuri Ishibosheti mwene Sawuli, aramubwira ati: “Nyoherereza umugore wanjye Mikali nakoye ibinyita ijana by’Abafilisiti.”

15 Ishibosheti ategeka ko bavana Mikali ku mugabo we Palitiyeli mwene Layishi.

16 Palitiyeli agenda arira aherekeje umugore we kugera i Bahurimu. Bahageze Abuneri aramubwira ati: “Subira iwawe”. Nuko Palitiyeli asubirayo.

17 Hanyuma Abuneri akoranya abakuru b’Abisiraheli, arababwira ati: “Hashize igihe mushaka ko Dawidi ababera umwami,

18 none ngaho nimusohoze icyifuzo cyanyu! Uhoraho yamuvuzeho ati: ‘Umugaragu wanjye Dawidi ni we uzakura ubwoko bwanjye bw’Abisiraheli mu maboko y’Abafilisiti, n’abandi banzi babo bose.’ ”

19 Abuneri abyemeza n’Ababenyamini, hanyuma ajya i Heburoni, atekerereza Dawidi iby’uwo mugambi wemejwe n’Abisiraheli ndetse n’Ababenyamini bose.

20 Yageze i Heburoni kwa Dawidi aherekejwe n’abantu makumyabiri, Dawidi abakorera umunsi mukuru.

21 Abuneri aramubwira ati: “Nyagasani, reka ngende nkoranyirize hamwe Abisiraheli bose bagirane nawe amasezerano, bityo uzategeke igihugu cyose nk’uko ubyifuza.” Dawidi aramusezerera, Abuneri agenda amahoro.

Yowabu yica Abuneri

22 Nyuma y’ibyo Yowabu n’izindi ngabo za Dawidi baratabaruka, bazana iminyago myinshi. Ariko Abuneri ntiyari akiri i Heburoni kwa Dawidi, kuko yari yasezerewe akigendera amahoro.

23 Yowabu n’ingabo bari kumwe bakihagera, bamusanganiza inkuru ko Abuneri mwene Neri yaje kubonana n’umwami, maze akamureka akigendera amahoro.

24 Yowabu ahita asanga umwami aramubaza ati: “Ibyo wakoze ni ibiki? Kubona Abuneri aza iwawe ukamureka akagenda!

25 Buriya uzi ko Abuneri mwene Neri yazanywe no kukwinja kugira ngo agutate, amenye itabara n’itabaruka ryawe ndetse n’icyo ukora cyose!”

26 Yowabu avuye ibwami yohereza intumwa ngo zikurikire Abuneri, ariko Dawidi ntiyari abizi. Bamugarurira ku iriba rya Sira.

27 Abuneri akigera ku irembo rya Heburoni, Yowabu aramwihererana nk’ufite icyo agiye kumubwira mu ibanga, maze amusogota mu nda aramwica. Bityo Yowabu aba ahoreye murumuna we Asaheli.

28 Dawidi abimenye aravuga ati: “Uhoraho azi ko jye n’ubwami bwanjye, turi abere rwose ku byerekeye urupfu rwa Abuneri mwene Neri.

29 Amaraso ye azahame Yowabu n’ab’inzu ye. Mu bazamukomokaho ntihakaburemo urwaye kuninda cyangwa indwara z’uruhu zanduza, cyangwa uwamugaye cyangwa uwicwa n’inkota cyangwa inzara.”

30 Yowabu na mukuru we Abishayi bishe Abuneri, bamuhōra ko yari yarishe murumuna wabo Asaheli mu ntambara y’i Gibeyoni.

Dawidi aririra Abuneri

31 Dawidi abwira Yowabu n’abari kumwe na we bose ati: “Nimushishimure imyambaro yanyu, mwambare imyambaro yerekana akababaro muririre Abuneri.” Nuko Umwami Dawidi na we aherekeza umurambo wa Abuneri,

32 bawuhamba i Heburoni. Dawidi ahacurira umuborogo, n’abari kumwe na we bose bararira.

33 Umwami ahimba indirimbo yo kuririra Abuneri agira ati:

“Abuneri upfuye urw’abatagira ubwenge koko?

34 Ntiwari uboshye amaboko cyangwa amaguru,

ariko upfuye nk’uguye mu gico cy’abagizi ba nabi.”

Nuko abantu bose bakomeza kuririra Abuneri.

35 Hanyuma binginga Dawidi ngo afungure butarira, ariko ararahira ati: “Imana impane yihanukiriye ningira icyo nkoza ku munwa izuba ritararenga.”

36 Abantu bose babimenye barabishima, nk’uko n’ubundi bajyaga banyurwa n’ibyo Dawidi yakoraga byose.

37 Ibyo byatumye Abayuda n’Abisiraheli bose bamenya ko atari umwami wicishije Abuneri mwene Neri.

38 Nuko umwami arakomeza abwira ibyegera bye ati: “Mbese ntimuzi ko twapfushije Umwisiraheli w’intwari akaba n’igikomangoma?

39 Nanjye ubwanjye nubwo ndi umwami nkaba narimikishijwe amavuta, bene Seruya bariya barananiye! Ariko Uhoraho azaba ari we ubahana akurikije ibibi bakoze.”