Categories
1 Samweli

1 Samweli 5

Isanduku y’Isezerano mu Bafilisiti

1 Abafilisiti rero bari banyaze Isanduku y’Imana, bayivana Ebenezeri bayijyana Ashidodi,

2 mu ngoro y’ikigirwamana cyabo Dagoni, bayitereka iruhande rw’ishusho ryacyo.

3 Bukeye Abanyashidodi basanga ishusho rya Dagoni ryituye hasi ryubamye imbere y’Isanduku y’Uhoraho, bararyegura barisubiza mu mwanya waryo.

4 Bukeye bwaho basanga ryongeye kugwa ryubamye, imbere y’Isanduku y’Uhoraho hari igihimba cyonyine, umutwe n’ibiganza byataratse biri ku muryango.

5 Ni cyo gituma n’ubu abatambyi b’ikigirwamana Dagoni, kimwe n’abandi bantu bose binjiye mu ngoro yacyo y’i Ashidodi, hari aho batagomba gukoza ibirenge ku muryango wayo.

6 Nuko Uhoraho yibasira Abanyashidodi arabahahamura, abateza ibibyimba bo n’abatuye hafi yabo.

7 Abanyashidodi babonye ibibabayeho, baravuga bati: “Isanduku y’Imana y’Abisiraheli ntigume iwacu, iyo Mana yatwibasiye twe n’imana yacu Dagoni.”

8 Nuko bakoranya abategetsi batanu b’Abafilisiti, maze barababaza bati: “Isanduku y’Imana y’Abisiraheli tuyigenze dute?”

Barasubiza bati: “Nijyanwe i Gati.”

Nuko bayijyanayo,

9 ariko bakihagera Uhoraho yibasira Abanyagati, abateza ibibyimba kuva ku muto kugeza ku mukuru, umujyi wose ukuka umutima.

10 Nuko Isanduku y’Imana bayijyana Ekuroni. Ariko ikihagera, Abanyekuroni bavuza induru bati: “Bimuriye Isanduku y’Imana y’Abisiraheli iwacu, kugira ngo iturimbure twese!”

11 Nuko na bo bakoranya abategetsi bose b’Abafilisiti, barababwira bati: “Nimuvane hano Isanduku y’Imana y’Abisiraheli muyisubize iwabo, naho ubundi iratumara twese!” Koko rero, Abanyekuroni bose bari bakutse umutima, batinya gupfa kuko na bo Imana yari yabibasiye bikomeye.

12 Bose bafatwaga n’ibibyimba, benshi bagapfa. Nuko gutaka kwabo kugera ku Mana yo mu ijuru.

Categories
1 Samweli

1 Samweli 6

Abafilisiti bohereza Isanduku muri Isiraheli

1 Isanduku y’Uhoraho yamaze amezi arindwi mu gihugu cy’Abafilisiti.

2 Amaherezo Abafilisiti babaza abatambyi n’abapfumu babo bati: “Isanduku y’Uhoraho tuyigenze dute? Nimutubwire uburyo tuzayisubiza mu Bisiraheli.”

3 Barabasubiza bati: “Nimusubizayo Isanduku y’Imana y’Abisiraheli, muramenye ntimuyohereze yonyine, ahubwo muyoherezanye n’amaturo yo kwiyunga n’Imana yabo. Bityo muzakira ibibyimba, mumenyereho ko iyo Mana ari yo yari yabibasiye.”

4 Abafilisiti barabaza bati: “Ariko se ni ayahe maturo tugomba kuyitura”

Abatambyi n’abapfumu barabasubiza bati: “Kubera ko icyorezo cyabateye mwebwe n’abategetsi banyu ari kimwe, muyiture ibibyimba bitanu bicuzwe mu izahabu, n’imbeba eshanu na zo zicuzwe mu izahabu mukurikije umubare w’abategetsi banyu.

5 Muzacure rero amashusho y’ibibyimba byanyu n’ay’imbeba zayogoje igihugu cyanyu, muhe ikuzo Imana y’Abisiraheli. Ahari izarekeraho kubibasira mwebwe n’imana zanyu n’igihugu cyanyu.

6 Ntimunangire imitima nk’uko Abanyamisiri n’umwami wabo babigenje. Mwibuke ukuntu iyo Mana yabagenje kugeza ubwo baretse Abisiraheli bakagenda.

7 Ubu rero nimukore igare rishyashya, mufate inka ebyiri zonsa kandi zitigeze zikurura igare. Muzazizirike ku igare ariko inyana muzisubize mu kiraro.

8 Isanduku y’Uhoraho muzayishyire mu igare, maze iruhande rwayo muhashyire agasanduku karimo ya mashusho y’izahabu muzaba mutanze ho ituro ryo kwiyunga n’Uhoraho. Hanyuma muzohereze igare rigende.

9 Muzitegereze, nirifata icyerekezo cyo mu gihugu cy’Abisiraheli ahagana i Betishemeshi, muzamenya ko ari Uhoraho waduteje ibi byorezo. Niriterekeza iyo nzira, tuzamenya ko atari Uhoraho wabiduteje, ahubwo ari ibyizanye.”

10 Abafilisiti babigenza batyo, bafata inka ebyiri zonsa bazizirika ku igare, izazo bazirekera mu kiraro.

11 Isanduku y’Uhoraho bayishyira mu igare hamwe na ka gasanduku karimo ya mashusho y’imbeba n’ay’ibibyimba.

12 Za nka ziboneza inzira y’i Betishemeshi, zigenda zabira nta kugana iburyo cyangwa ibumoso. Abategetsi b’Abafilisiti baherekeza igare kugera ku mupaka w’i Betishemeshi.

13 Abaturage b’uwo mujyi bari mu kibaya basarura ingano, bakubise amaso Isanduku basābwa n’ibyishimo.

14 Igare rigeze mu murima wa Yozuwe w’i Betishemeshi rihagarara aho, iruhande rw’urutare. Ni ko kwasa imbaho zari zikoze igare, maze za nka bazitambira Uhoraho ho igitambo gikongorwa n’umuriro.

15 Abalevi bari bururukije Isanduku y’Uhoraho mu igare hamwe na ka gasanduku karimo ya mashusho y’izahabu, babishyize kuri rwa rutare. Uwo munsi abaturage b’i Betishemeshi batura Uhoraho ibitambo bikongorwa n’umuriro, n’ibindi bitambo.

16 Ba bategetsi b’Abafilisiti, bamaze kubibona, bisubirira Ekuroni.

17 Abafilisiti bari batuye Uhoraho amaturo yo kwiyunga na we, agizwe n’amashusho atanu y’ibibyimba acuzwe mu’izahabu, angana n’imijyi yabo mikuru ari yo Ashidodi na Gaza, na Ashikeloni na Gati na Ekuroni.

18 Naho imbeba z’izahabu, umubare wazo wanganaga n’uw’imijyi yose itegekwa na ba bategetsi batanu, yaba ikikijwe n’inkuta, yaba imidugudu yo mu cyaro, kugeza ku rutare runini rw’aho bari bateretse Isanduku y’Uhoraho, na n’ubu rukiri mu isambu ya Yozuwe i Betishemeshi.

19 Abaturage b’i Betishemeshi barebye mu Isanduku y’Uhoraho, abicamo abantu mirongo irindwi, abasigaye bararira cyane, kuko Uhoraho yari yabahannye yihanukiriye.

Isanduku y’Isezerano igera i Kiriyati-Yeyarimu

20 Hanyuma baravuga bati: “Ni nde wahangara guhagarara imbere y’Uhoraho, ya Mana nziranenge? Iyi Sanduku turayerekeza he?”

21 Batuma i Kiriyati-Yeyarimu bati: “Abafilisiti bagaruye Isanduku y’Uhoraho, none nimuze muyijyane.”

Categories
1 Samweli

1 Samweli 7

1 Nuko ab’i Kiriyati-Yeyarimu baza gutwara Isanduku y’Uhoraho, bayijyana kwa Abinadabu wari utuye mu mpinga y’umusozi. Batoranya umuhungu we Eleyazari ngo abe umurinzi wayo.

Samweli aba umurengezi w’Abisiraheli

2 Isanduku ihamara imyaka makumyabiri yose. Muri icyo gihe, Abisiraheli bose bifuzaga kugarukira Uhoraho.

3 Nuko Samweli arababwira ati: “Niba mushaka kugarukira Uhoraho mubikuye ku mutima, nimureke gusenga za Ashitaroti n’izindi mana z’abanyamahanga, nimukomere ku Uhoraho wenyine, ni bwo azabakiza Abafilisiti.”

4 Nuko Abisiraheli bareka gusenga za Bāli na za Ashitaroti, bayoboka Uhoraho wenyine.

5 Samweli ategeka Abisiraheli bose gukoranira i Misipa, kugira ngo abasabire ku Uhoraho.

6 Nuko bakoranira i Misipa, bavoma amazi bayasuka hasi imbere y’Uhoraho, biyiriza ubusa baravuga bati: “Koko twacumuye ku Uhoraho.” Aho ni ho Samweli yatangiriye kuba umurengeziw’Abisiraheli.

7 Abafilisiti bamenye ko Abisiraheli bakoraniye i Misipa, abategetsi babo batera igihugu cya Isiraheli. Abisiraheli babimenye bashya ubwoba,

8 babwira Samweli bati: “Komeza utwingingire Uhoraho Imana yacu, adukize Abafilisiti.”

9 Nuko Samweli afata umwana w’intama utaracuka, awutambira Uhoraho ho gitambo gikongorwa n’umuriro, kandi yingingira Abisiraheli, Uhoraho na we yita kuri iryo sengesho.

10 Koko rero, igihe Samweli yatambaga icyo igitambo, Abafilisiti basatira Abisiraheli ngo babarwanye. Ariko Uhoraho ahindisha cyane inkuba, aca igikuba mu ngabo z’Abafilisiti, Abisiraheli bazikubita incuro.

11 Abisiraheli bava i Misipa birukankana Abafilisiti babica umugenda, babageza hepfo ya Betikari.

12 Nuko Samweli afata ibuye, arishinga hagati ya Misipa na Sheni aryita Ebenezeriagira ati: “Kugeza ubu Uhoraho yaradufashije.”

13 Abafilisiti batsindwa batyo ntibongera gutera igihugu cy’Abisiraheli. Igihe cyose Samweli yari akiriho, Uhoraho yari yaribasiye Abafilisiti.

14 Abisiraheli bisubiza imijyi yabo Abafilisiti bari barigaruriye mu karere kari hagati ya Ekuroni na Gati, ako karere kava mu maboko y’Abafilisiti. Nuko hagati y’Abisiraheli n’Abamori haba amahoro.

15 Samweli yabaye umurengezi w’Abisiraheli kugeza apfuye,

16 buri mwaka yakoraga urugendo akanyura i Beteli n’i Gilugali n’i Misipa, agiye gukemura imanza z’Abisiraheli muri iyo mijyi,

17 hanyuma agataha iwe i Rama. Aho na ho yahakemuriraga imanza, ni na ho yubakiye Uhoraho urutambiro.

Categories
1 Samweli

1 Samweli 8

Abisiraheli basaba umwami

1 Samweli ageze mu zabukuru, abahungu be abagira abacamanza mu Bisiraheli.

2 Impfura ye yitwaga Yoweli, uw’ubuheta akitwa Abiya, bakemuriraga imanza i Bērisheba.

3 Icyakora ntibakurikizaga se, bishakiraga inyungu, bakarya ruswa kandi bakagaca urwakibera.

4 Nuko abakuru b’Abisiraheli barakorana basanga Samweli i Rama,

5 baramubwira bati: “Dore ugeze mu zabukuru kandi abahungu bawe ntibagukurikiza. None rero duhe umwami wo kudutegeka nk’uko bimeze mu yandi mahanga.”

6 Ibyo ntibyanezeza Samweli, maze asenga Uhoraho.

7 Uhoraho aramusubiza ati: “Tega amatwi Abisiraheli, wumve ibyo bagusaba byose. Mu by’ukuri si wowe banze, ahubwo ni jyewe. Ntibashaka ko nkomeza kubabera umwami.

8 Kuva umunsi nabavanye mu Misiri kugeza ubu, ntibahwemye kunyimūra bakayoboka izindi mana, ibyo bankoreye ubu nawe ni ibyo bagukoreye.

9 None rero wemere ibyo bagusaba, icyakora ubabwize amashirakinyoma ubabwire uburyo uwo mwami azabagenza.”

Uko umwami azagenza Abisiraheli

10 Samweli abwira abari bamusabye umwami amagambo yose atumwe n’Uhoraho

11 agira ati: “Dore uko umwami uzabategeka uko azabagenza: azafata abahungu banyu abagire ingabo zo gutwara amagare ye y’intambara, n’izo kurwanira ku mafarasi ye, n’abo kwiruka imbere y’igare rye.

12 Azafata bamwe abahe kuyobora ingabo igihumbi, abandi amatsinda y’ingabo mirongo itanu. Azafata abo kumuhingira n’abo gusarura imyaka ye, n’abo kumucurira intwaro n’ibikoresho by’amagare ye.

13 Azafata n’abakobwa banyu bajye bamukorera imibavu, bamutekere kandi bamukorere n’imigati.

14 Imirima yanyu n’imizabibu yanyu, n’iminzenze yanyu by’indobanure azabifata abihe abagaragu be.

15 Umusaruro uzava mu mirima yanyu n’uw’imizabibu yanyu azawukuraho kimwe cya cumi, agihe ibyegera bye n’abagaragu be.

16 Azigarurira abagaragu banyu n’abaja banyu, n’inka zanyu nziza n’indogobe zanyu kugira ngo abyikoreshereze.

17 Azafata kimwe cya cumi mu mikumbi yanyu. Mbese muzamubera abagaragu.

18 Igihe kimwe muzatakambira Uhoraho kugira ngo abakize umwami mwihitiyemo, ariko ntazabitaho.”

19 Nyamara Abisiraheli banga kumva ibyo Samweli ababwiye, baravuga bati: “Ibyo nta cyo bitubwiye, turishakira umwami

20 kugira ngo tumere nk’andi mahanga. Umwami wacu azaturengera, ajye agaba ibitero by’ingabo zacu kandi aturwanirire.”

21 Samweli atega amatwi ibyo Abisiraheli bavugaga byose, maze abisubiriramo Uhoraho.

22 Uhoraho aramubwira ati: “Bemerere ibyo bagusaba, ubimikire umwami.” Nuko Samweli asezerera Abisiraheli, buri muntu asubira iwabo.

Categories
1 Samweli

1 Samweli 9

Sawuli ahura na Samweli

1 Mu ntara y’Ababenyamini hari hatuye Umubenyamini w’umukungu abantu bemeraga, akitwa Kishi mwene Abiyeli, mwene Serori, mwene Bekorati, mwene Afiya.

2 Kishi yari afite umuhungu witwaga Sawuli, akaba umusore utagira uko asa. Mu Bisiraheli nta muntu bari bahwanyije uburanga, kandi mu gihagararo umuremure muri bo yamugeraga ku rutugu.

3 Umunsi umwe, indogobe za Kishi zirazimira. Kishi abwira umuhungu we Sawuli kujyana n’umwe mu bagaragu gushaka izo ndogobe.

4 Sawuli n’umugaragu we bashakira mu misozi y’Abefurayimu no mu ntara ya Shalisha, ariko ntibazibona. Nuko bajya mu ntara ya Shālimu na ho biba uko, hanyuma basubira mu ntara y’Ababenyamini na ho baraziheba.

5 Bageze mu ntara yitwa Sufu, Sawuli abwira umugaragu we ati: “Reka twisubirire imuhira, naho ubundi data yakwibagirwa indogobe agasigara ari twe ahagarikiye umutima!”

6 Umugaragu aramusubiza ati: “Muri uriya mujyi hari umuntu w’Imana akaba n’umugabo w’ikirangirire, ibyo avuze byose biraba. Reka tujye kumureba, wenda yaturangira icyerekezo twashakiramo.”

7 Sawuli aramubwira ati: “Ngaho tujyeyo. Ariko se turamutura iki ko n’impamba yacu yashize, tukaba nta kintu na busa dusigaranye twamuhaho impano?”

8 Umugaragu we aramubwira ati: “Hano mfite igiceri gihwanye na kimwe cya kane cy’igikoroto cy’ifeza, ndakimuha aturangire inzira.”

9-11 Sawuli aramusubiza ati: “Ni byiza reka tujyeyo.” Nuko berekeza mu mujyi uwo muntu w’Imana yari atuyemo. Bakiri mu nzira bahura n’abakobwa bamanukaga bavuye mu mujyi bagiye kuvoma, barababaza bati: “Umuntu ubonekerwa ari ino?” Kera iyo Abisiraheli bajyaga kugisha inama Imana, baravugaga bati: “Reka dusange umuntu ubonekerwa.” Uwo twita umuhanuzi bo bamwitaga ubonekerwa.

12 Abakobwa barabasubiza bati: “Arahari ari imbere aho. Uyu munsi ni bwo yaje, kuko abaturage bari butambire Uhoraho igitambo ahasengerwa. None rero nimwihute

13 muramubona mukinjira mu mujyi, mbere y’uko azamuka ajya ahasengerwa gusangira n’abandi igitambo. Abatumiwe baramutegereje kuko ari we uri buhereze Uhoraho igitambo, bakabona kurya. Mwihuse mwamusangayo.”

14 Nuko binjira mu mujyi, bahura na Samweli asohotse agiye ahasengerwa.

15 Uhoraho yari yaraye abwiye Samweli ati:

16 “Ejo iki gihe nzakoherereza umuntu w’Umubenyamini, uzamwimikishe amavuta abe umuyobozi w’ubwoko bwanjye bw’Abisiraheli. Barantakambiye numva amaganya yabo, none uwo ni we uzabakiza Abafilisiti.”

17 Samweli akibona Sawuli, Uhoraho aramubwira ati: “Dore wa muntu nari nakubwiye, ni we uzayobora ubwoko bwanjye.”

18 Nuko Sawuli yegera Samweli ku irembo ry’umujyi, aramubaza ati: “Ntiwandangira aho umuntu ubonekerwa atuye?”

19 Samweli aramusubiza ati: “Ni jyewe. Ngwino tuzamukane tujye ahasengerwa. Uyu munsi murasangira nanjye, ejo mu gitondo nimara gusubiza ibibazo byose wibaza nzakureka ugende.

20 Naho indogobe zimaze iminsi itatu zizimiye, ntizikubabaze zarabonetse. Ese ubundi iby’agaciro byose mu Bisiraheli bishingiye kuri nde? Si kuri wowe no ku nzu ya so?”

21 Sawuli aramusubiza ati: “Ibyo bishoboka bite? Ndi Umubenyamini kandi umuryango wacu ni wo muto mu miryango y’Abisiraheli! Ndetse n’inzu yacu ni yo yoroheje mu Babenyamini.”

22 Bamaze gutamba igitambo Samweli ajyana Sawuli n’umugaragu we mu cyumba barīramo, abicaza mu mwanya w’icyubahiro. Hari n’abandi batumirwa nka mirongo itatu.

23 Hanyuma ategeka umutetsi kuzana inyama yari yamubikije.

24 Umutetsi azana ukuguru kose agushyira imbere ya Sawuli. Nuko Samweli aravuga ati: “Ngizo inyama bakubikiye uzirye, ni wowe zahishiwe kuko natumiye aba bantu ari wowe nteganyiriza.” Nuko Sawuli asangira atyo na Samweli.

25 Hanyuma baramanuka bava ahasengerwa basubira mu mujyi, Samweli azamukana na Sawuli bajya ku gisenge gishashecy’inzu ye, aba ari ho baganirira.

Samweli yimikisha Sawuli amavuta

26 Bukeye barazinduka mu museke, Samweli ahamagara Sawuli wari waraye hejuru y’inzu aramubwira ati: “Ngwino ngusezerere.” Nuko Samweli aherekeza Sawuli,

27 bageze ku mbibi z’umujyi Samweli aramubwira ati: “Bwira umugaragu wawe atambuke.” Umugaragu abaha intera. Nuko Samweli yungamo ati: “Wowe hagarara gato nkugezeho ubutumwa bw’Imana.”

Categories
1 Samweli

1 Samweli 10

1 Nuko Samweli afata agacupa k’amavuta ayasuka ku mutwe wa Sawuli, maze aramuhobera agira ati: “Uhoraho yakwimikishije amavuta kugira ngo ube umuyobozi w’Abisiraheli.

2 Nitumara gutandukana ukagera i Selisa ku mupaka w’Ababenyamini hafi y’imva ya Rasheli, urahura n’abagabo babiri bakubwire bati: ‘Indogobe washakaga zarabonetse. So ntakizihangayikiye, ahubwo ni mwe mumuhagaritse umutima yibaza icyo yakora ngo yongere ababone.’

3 Nyuma urakomeza urugendo ugere ku giti cy’inganzamarumbu cy’i Taboru, urahahurira n’abagabo batatu bagiye gusenga Imana i Beteli. Umwe araba atwaye abana b’ihene batatu, undi afite imigati itatu, n’undi wikoreye uruhago rw’uruhururimo divayi.

4 Baragusuhuza baguhe n’imigati ibiri, uyakire.

5 Nyuma y’ibyo uragera i Gibeya-Elohimu,aho ingabo z’Abafilisiti zikambitse. Niwinjira mu mujyi urahura n’itsinda ry’abahanuzi, bamanutse bava ahasengerwa Imana bahanura. Imbere yabo haraba hari abacuranga inanga y’indoha n’inanga nyamuduri,n’abavuza ingoma n’imyirongi.

6 Mwuka w’Uhoraho arakuzaho uhinduke undi, uhanure hamwe na bo.

7 Numara kubona ibyo bimenyetso byose, uramenyeraho ko Imana iri kumwe nawe. Ubwo ni bwo uzakora ibyo ugomba gukora.

8 Uzamanuke untegerereze i Gilugali, nyuma y’iminsi irindwi nzagusangayo mpatambire ibitambo bikongorwa n’umuriro n’iby’umusangiro. Ni bwo nzakubwira ibyo uzakora.”

9 Sawuli akimara gutandukana na Samweli, Imana ihindura umutima we kandi uwo munsi bya bimenyetso byose arabibona.

10 Ageze i Gibeya ahura n’itsinda ry’abahanuzi, Mwuka w’Imana amuzaho ahanurira rwagati muri bo.

11 Abari basanzwe bamuzi babibonye barabazanya bati: “Ese mwene Kishi byamugendekeye bite? Ese Sawuli na we yabaye umuhanuzi?”

12 Umwe mu baturage baho yungamo ati: “Ariko se bariya bo bakomoka kuri nde?” Ni ho havuye imvugo ngo “Ese Sawuli na we yabaye umuhanuzi?”

13 Sawuli arangije guhanura, arazamuka ajya ahasengerwaga Imana.

14 Se wabo wa Sawuli abaza Sawuli n’umugaragu we ati: “Mwari mwaragiye he?”

Sawuli aramusubiza ati: “Twari twaragiye gushaka indogobe zazimiye, tuzibuze tujya kubaza Samweli.”

15 Se wabo aramubwira ati: “Ngaho ntekerereza ibyo Samweli yababwiye.”

16 Sawuli aramusubiza ati: “Yatubwiye ko indogobe zabonetse.” Ariko ntiyamuhingukiriza ibyo Samweli yari yamubwiye byerekeye ubwami.

Sawuli aba umwami w’Abisiraheli

17 Samweli akoranyiriza Abisiraheli imbere y’Inzu y’Uhoraho i Misipa,

18 arababwira ati: “Uhoraho Imana y’Abisiraheli aravuze ati: ‘Ni jye wabavanye mu Misiri, mbakiza Abanyamisiri n’andi mahanga yose yabakandamizaga.’

19 None mwimūye Imana yabakijije ibyago byose n’ingorane zose, murarenga muyisaba umwami. Ngaho nimuze imbere y’Inzu y’Uhoraho, mukurikije imiryango yanyu n’amazu yanyu.”

20 Nuko Samweli yigiza hafi imiryango y’Abisiraheli, maze hatoranywa umuryango wa Benyamini.

21 Hanyuma yigiza hafi amazu agize umuryango wa Benyamini hatoranywa inzu ya Matiri, maze Sawuli mwene Kishi aba ari we utoranywa. Nuko baramushaka, ariko ntibamubona.

22 Bongera kubaza Uhoraho bati: “Mbese uwo muntu yaba yaje hano?”

Uhoraho arabasubiza ati: “Reba mu mizigo ni ho yihishe!”

23 Bariruka bajya kumuzana, ahagarara hagati y’ikoraniro. Yabasumbaga bose ku buryo umuremure muri bo yamugeraga ku rutugu.

24 Samweli arababwira ati: “Nguyu uwo Uhoraho yatoranyije, muri mwe nta wumeze nka we.”

Abisiraheli bavugira icyarimwe bati: “Gahorane ingoma, nyagasani!”

25 Samweli abasobanurira amategeko agenga ubwami, ayandika mu gitabo akibika mu Nzu y’Uhoraho. Nuko asezerera ikoraniro buri muntu ataha iwe.

26 Sawuli na we ataha iwe i Gibeya, aherekejwe n’abagabo b’intwari Imana yari yabishyize ku mutima.

27 Icyakora habonetse abantu b’abapfayongo, maze baravuga bati: “Bishoboka bite se ko uriya muntu yadukiza?” Baramusuzugura banga no kumuha amaturo, ariko Sawuli arabihorera.

Categories
1 Samweli

1 Samweli 11

Sawuli atsinda Abamoni

1 Nahashi umwami w’Abamoni agota umujyi wa Yabeshi yo muri Gileyadi. Abantu bose b’i Yabeshi baramubwira bati: “Reka tugirane amasezerano maze tukuyoboke.”

2 Ariko Nahashi arabasubiza ati: “Amasezerano nayagirana namwe ari uko mwese mwemeye ko mbanogoramo amaso y’iburyo, bityo nkaba nkojeje isoni Abisiraheli bose.”

3 Abakuru b’i Yabeshi baramubwira bati: “Duhe iminsi irindwi twohereze intumwa mu gihugu cyose cy’Abisiraheli, nitubura udutabara tuzakuyoboka.”

4 Intumwa zigeze i Gibeya, umujyi Sawuli yari atuyemo zitekerereza rubanda ayo magambo, nuko rubanda rwose rucura imiborogo.

5 Sawuli ahinguye aza ashoreye ibimasa bye, maze arabaza ati: “Habaye iki ko abantu baboroga?” Bamutekerereza ibyo intumwa z’i Yabeshi zavuze.

6 Sawuli abyumvise Mwuka w’Imana amuzaho, ararakara cyane.

7 Afata ibimasa bibiri abicagaguramo ibice, abiha intumwa kugira ngo zibijyane mu gihugu cyose cy’Abisiraheli zivuga ziti: “Umuntu utazatabarana na Sawuli na Samweli, ni ko ibimasa bye bizagenzwa!”

8 Sawuli akoranyiriza i Bezeki Abisiraheliibihumbi magana atatu, n’Abayuda ibihumbi mirongo itatu.

9 Abwira za ntumwa z’i Yabeshi y’i Gileyadi ati: “Nimugende mubwire ab’i Yabeshi ko ejo ku gasusuruko, tuzaba twamaze kubatabara.” Izo ntumwa ziragenda zirabibabwira, baranezerwa cyane.

10 Nuko Abanyayabeshi babwira Abamoni bati: “Ejo tuzabayoboka mutugenze uko mwishakiye.”

11 Sawuli agabanya ingabo mo imitwe itatu. Bujya gucya zitera inkambi y’Abamoni, zirabica kugeza ku gasusuruko. Abacitse ku icumu baratatana, umwe aca ukwe undi ukwe.

Imihango yo kwimika Sawuli

12 Nuko Abisiraheli babwira Samweli bati: “Ba bandi batashakaga ko Sawuli atubera umwami bari he? Nibabazane tubice!”

13 Ariko Sawuli arababwira ati: “Uyu munsi nta muntu n’umwe uri bwicwe mu Bisiraheli, kuko Uhoraho yadukijije.”

14 Nuko Samweli abwira Abisiraheli ati: “Nimuze tujye i Gilugali gushimangira ingoma ya Sawuli.”

15 Bose bajyayo bimikira Sawuli imbere y’Uhoraho, bahatambira ibitambo by’umusangiro. Sawuli n’Abisiraheli bose baranezerwa cyane.

Categories
1 Samweli

1 Samweli 12

Samweli ahugūra Abisiraheli

1 Samweli abwira Abisiraheli bose ati: “Dore numvise ibyo mwambwiye byose maze mbimikira umwami.

2 None rero nguyu umwami wanyu, jyewe ndisaziye dore imvi ni uruyenzi, n’abahungu banjye muri kumwe. Narabayoboye kuva mu buto bwanjye kugeza ubu.

3 Mbese hari uwo nanyaze ikimasa cye cyangwa indogobe ye? Mbese hari uwo nariganyije cyangwa nakandamije? Ese hari uwo natse ruswa kugira ngo nirengagize ibikorwa bye bibi? Dore ndi hano, nimunshinje imbere y’Uhoraho n’imbere y’umwami yimikishije amavuta. Niba narabikoze nzabyishyura.”

4 Baramusubiza bati: “Ntabwo waturiganyije cyangwa ngo udukandamize, kandi nta we wagize icyo waka.”

5 Arongera arababwira ati: “Uyu munsi Uhoraho n’uyu mwami bambereye abagabo ko nta kintu na kimwe munshinja.”

Abisiraheli baramusubiza bati: “Uhoraho yakubereye umugabo.”

6 Nuko Samweli arababwira ati: “Uhoraho ni we watoranyije Musa na Aroni, kandi ni we wavanye ba sokuruza mu Misiri.

7 None rero nimuhaguruke mbashinje imbere y’Uhoraho mbibutsa ibyiza byose yabakoreye, mwebwe na ba sokuruza.

8 Nyuma y’aho Yakobo agereye mu Misiri, ba sokuruza batakambiye Uhoraho maze atuma Musa na Aroni, babavana mu Misiri babatuza muri iki gihugu.

9 Icyakora birengagije Uhoraho Imana yabo, abagabiza Sisera umugaba w’ingabo z’i Hasori, abagabiza n’Abafilisiti n’umwami wa Mowabu barabarwanya.

10 Barongera batakambira Uhoraho bagira bati: ‘Twaracumuye twimūra Uhoraho, tuyoboka za Bāli na za Ashitaroti, none dukize abanzi tuzakuyoboka.’

11 Nuko Uhoraho aboherereza Gideyoni na Bedani na Yefute nanjye Samweli, abakiza abanzi bari babakikije maze mubaho mu mutekano.

12 Nyamara mubonye Nahashi umwami w’Abamoni yitegura kubatera, mwirengagiza ko Uhoraho Imana yanyu ari we mwami wanyu, murambwira muti: ‘Ibyo ntibihagije turashaka umwami wo kudutegeka.’

13 “Dore umwami mwahisemo ari na we mwasabye, nguyu Uhoraho aramubahaye.

14 Mujye mwubaha Uhoraho mumuyoboke, mumwumvire kandi ntimugateshuke ku mabwiriza ye. Bityo mwebwe n’umwami wanyu muzayoboka Uhoraho Imana yanyu.

15 Ariko nimutamwumvira ntimwite ku mabwiriza ye, azabibasira nk’uko yibasiye ba sokuruza.

16 None ubu nimugume aho muri, mwitegure kureba igitangaza Uhoraho agiye gukora.

17 Dore turi mu mpeshyi mu isarura ry’ingano, ariko ngiye gusenga Uhoraho ahindishe inkuba kandi agushe imvura. Ubwo ni bwo muri bumenye kandi mwemere ko mwacumuye bikomeye ku Uhoraho mwisabira umwami.”

18 Nuko Samweli arasenga, Uhoraho ahindisha inkuba agusha n’imvura, maze Abisiraheli bose batinya cyane Uhoraho na Samweli.

19 Nuko babwira Samweli bati: “Databuja, udusabire Uhoraho Imana yawe ye kutwica, kuko ku bicumuro byacu byose twongeyeho n’icyo kwisabira umwami.”

20 Samweli arabasubiza ati: “Nimuhumure! Koko mwaracumuye, ariko muramenye ntimuzongere kwimūra Uhoraho, mujye mumukorera n’umutima wanyu wose.

21 Ntimukayoboke ibigirwamana kuko nta cyo byabungura, ntibibasha no kubakiza, nta n’icyo byabamarira.

22 Uhoraho ntazabatererana kuko yiyemeje kubagira ubwoko bwe, kandi ntiyakwitesha icyubahiro.

23 Nanjye ntibikamvugweho ko nacumura ku Uhoraho ndeka kubasabira. Nzakomeza no kubereka imigenzereze itunganiye Uhoraho.

24 Mujye mumwubaha mumukorere mu kuri n’umutima wanyu wose, muzirikana ibikomeye byinshi yabakoreye.

25 Ariko nimukomeza gukora ikibi muzarimbukana n’umwami wanyu.”

Categories
1 Samweli

1 Samweli 13

Abisiraheli bashyamirana n’Abafilisiti

1 Sawuli yimye ingoma amaze imyaka mirongo itatuavutse, kandi yamaze imyaka ibiriku ngoma y’Abisiraheli.

2 Sawuli yatoranyije ingabo ibihumbi bitatu mu Bisiraheli, ibihumbi bibiri ajyana na zo i Mikimasi no ku musozi wa Beteli, naho igihumbi zijyana n’umuhungu we Yonatani i Gibeya mu ntara y’Ababenyamini. Abisiraheli basigaye Sawuli arabasezerera barataha.

3 Yonatani atera Abafilisiti bari bakambitse i Geba, maze iyo nkuru igera ku bandi Bafilisiti. Sawuli ategeka ko bavuza amahembe mu gihugu hose kugira ngo Abaheburayi batabare.

4 Bose babyumvise baravuga bati: “Sawuli yateye inkambi y’Abafilisiti none baturakariye!” Sawuli ategeka ko ingabo zimusanga i Gilugali.

5 Abafilisiti barakorana kugira ngo barwanye Abisiraheli. Bari bafite amagare y’intambara ibihumbi mirongo itatu, n’abarwanira ku mafarasi ibihumbi bitandatu, n’izindi ngabo nyinshi nk’umusenyi wo ku nyanja. Nuko barazamuka bashinga ibirindiro i Mikimasi, mu burasirazuba bwa Betaveni.

6 Abisiraheli babonye ko bari mu kaga, Abafilisiti babasatiriye, bajya kwihisha mu buvumo no mu bigunda no mu bitare, no mu myobo no mu mariba,

7 ndetse bamwe bambuka Yorodani bahungira mu Bagadi mu ntara ya Gileyadi. Sawuli yari acyibereye i Gilugali, maze ingabo zose bari kumwe zishya ubwoba.

8 Sawuli ategereza iminsi irindwi Samweli yari yamubwiye, ariko Samweli ntiyaza i Gilugali, maze ingabo zitoroka Sawuli zirahunga.

9 Sawuli aravuga ati: “Nimunzanire itungo ry’igitambo gikongorwa n’umuriro, n’amatungo y’ibitambo by’umusangiro.” Nuko atamba igitambo gikongorwa n’umuriro.

10 Akimara kugitamba Samweli aba araje, Sawuli ajya kumusanganira.

11 Samweli aramubaza ati: “Ibi wakoze ni ibiki?”

Sawuli aramusubiza ati: “Nabonye ingabo zintorotse nawe utinze, kandi Abafilisiti bakoraniye i Mikimasi,

12 ndibwira nti: ‘Abafilisiti bagiye kuza i Gilugali bandwanye kandi ntaratakambira Uhoraho!’ Ni bwo niyemeje gutamba igitambo gikongorwa n’umuriro.”

13 Samweli abwira Sawuli ati: “Wakoze iby’ubucucu, ntiwakurikije itegeko Uhoraho Imana yawe yaguhaye. Iyo urikurikiza, Uhoraho yajyaga guha ingoma yawe kuzaramba mu Bisiraheli!

14 None ingoma yawe ntizamara kabiri. Uhoraho yitoranyirije undi muntu umunogeye amugira umuyobozi w’Abisiraheli, kuko wowe utakurikije itegeko yaguhaye.”

15 Samweli ava i Gilugali, arazamuka ajya i Gibeya mu ntara y’Ababenyamini. Sawuli abarura ingabo zisigaranye na we, asanga zigera kuri magana atandatu.

16 Ubwo Sawuli n’umuhungu we Yonatani n’ingabo bari kumwe, bari bashinze ibirindiro i Geba mu ntara y’Ababenyamini, naho Abafilisiti bari babishinze i Mikimasi.

17 Igihe kimwe, mu nkambi y’Abafilisiti hava amatsinda atatu agiye gusahura, itsinda rimwe ryerekeza Ofura mu ntara ya Shuwali,

18 irindi ryerekeza i Betihoroni, naho irya gatatu ryerekeza ku mupaka uri hejuru y’igikombe cyitwa icy’impyisi, ahagana mu butayu.

19 Mu gihugu cy’Abisiraheli ntihari hakiboneka umucuzi n’umwe, kuko Abafilisiti bari barabibabujije kugira ngo Abaheburayi batazacura inkota cyangwa amacumu.

20 Kugira ngo Abisiraheli batyarishe amasuka cyangwa intorezo cyangwa ibindi bikoresho, bagombaga kujya mu Bafilisiti.

21 Gutyarisha buri gikoresho bishyuraga igiceri.

22 Bityo mu ngabo zose zari kumwe na Sawuli na Yonatani, nta n’umwe wari ufite inkota cyangwa icumu, uretse Sawuli n’umuhungu we Yonatani.

23 Nuko ingabo z’Abafilisiti zishinga ibirindiro ku nzira y’i Mikimasi.

Categories
1 Samweli

1 Samweli 14

Yonatani yongera gutera Abafilisiti

1 Umunsi umwe Yonatani mwene Sawuli abwira umusore wamutwazaga intwaro ati: “Ngwino tujye hakurya hariya aho Abafilisiti bashinze ibirindiro.” Ariko ntiyabibwira se.

2 Ubwo Sawuli yari ari ku mupaka wa Gibeya, yicaye munsi y’igiti cy’umukomamanga i Migironi. Ingabo zari kumwe na we zageraga kuri magana atandatu.

3 Icyo gihe uwagishaga inama Uhorahoyari Ahiya mwene Ahitubu, umuvandimwe wa Ikabodi mwene Finehasi, mwene Eli wari umutambyi w’Uhoraho i Shilo. Ubwo ariko ingabo ntizari zizi ko Yonatani yagiye.

4 Yonatani yagombaga kunyura hagati y’ibitare bibiri birebire, kugira ngo agere aho ingabo z’Abafilisiti zari ziri. Igitare kimwe cyitwaga Bosesi, ikindi kikitwa Sene.

5 Kimwe cyari ahagana mu majyaruguru ahateganye n’i Mikimasi, ikindi kiri ahagana mu majyepfo ahateganye n’i Geba.

6 Nuko Yonatani abwira wa musore wamutwazaga intwaro ati: “Ngwino tujye mu nkambi ya bariya banyamahanga batakebwe, ahari Uhoraho yadufasha kuko ashobora kuduha gutsinda, twaba bake cyangwa benshi.”

7 Uwo musore aramusubiza ati: “Ukore uko wabitekereje, komeza dore ndi kumwe nawe.”

8 Nuko Yonatani aravuga ati: “Noneho reka tugane aho bari batubone.

9 Nibatubwira bati: ‘Nimuhagarare aho tubanze tumenye ikibagenza’, turahagarara twe kubegera.

10 Ariko nibatubwira ngo tuzamuke tubegere, turazamuka kuko biba ari ikimenyetso cy’uko Uhoraho yabatugabije.”

11 Bombi biyereka ingabo z’Abafilisiti, maze Abafilisiti baravuga bati: “Dore Abaheburayi bavumbutse mu myobo bari bihishemo.”

12 Nuko izo ngabo zibwira Yonatani n’uwari umutwaje intwaro ziti: “Nimuzamuke tubabwire.”

Yonatani abwira uwari umutwaje intwaro ati: “Nkurikira kuko Abafilisiti Uhoraho yabagabije Abisiraheli.”

13 Nuko Yonatani azamuka akambakamba, uwari umutwaje intwaro na we amuri inyuma. Yonatani agenda yararika Abafilisiti, umutwaje intwaro na we akabasonga.

14 Muri icyo gitero cya mbere, Yonatani n’umugaragu we bishe Abafilisiti bagera kuri makumyabiri, babatsinda ahantu h’intera nto cyane.

15 Nuko igikuba gicika mu nkambi no muri ako karere no mu baturage bose, abari mu birindiro n’abari bagiye gusahura bose bashya ubwoba. Igihugu kirahindagara, bose barakangarana bitewe n’Imana.

Abafilisiti batsindwa

16 Abarinzi ba Sawuli bari i Gibeya mu ntara y’Ababenyamini, babona icyo kivunge cy’Abafilisiti cyakwiriwe imishwaro.

17 Nuko Sawuli abwira ingabo zari kumwe na we ati: “Nimubarure abantu murebe abatuvuyemo.” Barabarura basanga habura Yonatani n’umutwaza intwaro.

18 Sawuli ni ko kubwira Ahiya ati: “Igiza hino Isanduku y’Imana.” Koko rero, muri icyo gihe Isanduku yari yaragarutse mu Bisiraheli.

19 Sawuli akivugana n’umutambyi, induru iba ndende mu nkambi y’Abafilisiti maze Sawuli abwira umutambyi ati: “Rekera aho!”

20 Nuko Sawuli akoranya ingabo zose bari kumwe bajya ku rugamba, basanga abanzi babo basubiranyemo bicana, maze bibabera urujijo rukomeye.

21 Abaheburayi bari bakambitse iruhande rw’Abafilisiti bakajya batabarana na bo, barahindukira bifatanya n’abandi Bisiraheli bari kumwe na Sawuli na Yonatani.

22 Ingabo zose z’Abisiraheli zari zihishe mu misozi y’Abefurayimu, zumvise ko Abafilisiti bahunze, na zo zirabakurikirana zirabarwanya.

23 Intambara irakomeza igera hakurya ya Betaveni, maze uwo munsi Uhoraho arokora Abisiraheli.

Ingabo z’Abisiraheli zikiza Yonatani

24 Uwo munsi ingabo z’Abisiraheli ziragorwa cyane, kubera ko Sawuli yari yarahiye agira ati: “Nihagira umuntu ugira icyo arya butarira, kandi ntaramara guhōra abanzi banjye, uwo abe ikivume!” Bityo nta n’umwe wari wagize icyo akoza mu kanwa.

25 Hanyuma abantu bose bagera mu ishyamba ryarimo ubuki bwashongeraga hasi.

26 Baryinjiyemo babona ubwo buki bwashongeraga hasi, ariko ntihagira n’umwe uburyaho kuko bose batinyaga umuvumo.

27 Ariko Yonatani we ntiyari yumvise indahiro ya se. Ni ko gukoza inkoni ye mu buki, abukombesha urutoki aratamira maze agarura agatege.

28 Umwe mu ngabo aramubwira ati: “So yari yarahiye agira ati: ‘Nihagira umuntu ugira icyo arya uyu munsi, abe ikivume.’ Ni yo mpamvu ubona ingabo zose nta gatege.”

29 Nuko Yonatani aravuga ati: “Data yateje imidugararo mu gihugu, nimwirebere ukuntu ngaruye agatege aho mariye kurya kuri ubu buki.

30 Ubu se koko iyo ingabo ziza kurya ku minyago zanyaze Abafilisiti, ntiziba zarushijeho kubica?”

31 Uwo munsi, Abisiraheli batsinda Abafilisiti kuva i Mikimasi kugera Ayaloni. Ingabo zari zananiwe cyane

32 maze ziroha ku minyago, zifata ihene n’intama n’inka n’izazo, bazibagira hasi batazimanitse kugira ngo amaraso avemo, bityo barya inyama zirimo amaraso.

33 Babwira Sawuli ko ingabo zacumuye ku Uhoraho zikarya inyama zirimo amaraso, aravuga ati: “Mwahemutse! Ngaho nimuhirike ibuye rinini murigeze hano.”

34 Hanyuma aravuga ati: “Nimujye mu ngabo mubwire abashaka kubaga amatungo banyaze, bayazane bayicire hano, bayavanemo amaraso maze mubone kurya mudacumuye ku Uhoraho.” Muri iryo joro buri wese azana ikimasa acyicira aho ngaho.

35 Nuko Sawuli yubakira Uhoraho urutambiro, ruba urwa mbere amwubakiye.

36 Iryo joro Sawuli aravuga ati: “Nimuze tumanuke dukurikirane Abafilisiti tubamarire ku icumu, tubasahure kugeza mu gitondo.”

Baramusubiza bati: “Turabyemeye, ukore uko wabitekereje.”

Ariko umutambyi aravuga ati: “Nimureke tubanze tubaze Imana.”

37 Sawuli agisha inama Imana ati: “Mbese nkurikirane Abafilisiti? Ese uraduha kubatsinda?” Ariko uwo munsi Imana ntiyamusubiza.

38 Sawuli ahita ahamagaza abagaba b’ingabo arababwira ati: “Nimushakashake uwaba yakoze icyaha uyu munsi.

39 Ndahiye Uhoraho Umukiza w’Abisiraheli, ko n’iyo yaba ari umuhungu wanjye Yonatani, yicwa.” Ariko ntihagira umusubiza.

40 Nuko abwira Abisiraheli bose ati: “Nimuherere ku ruhande rumwe, nanjye n’umuhungu wanjye Yonatani tujye ku rundi.”

Ingabo zibwira Sawuli ziti: “Ubikore uko wabitekereje.”

41 Sawuli abwira Uhoraho ati: “Mana ya Isiraheli, tugaragarize uwakoze icyaha.” Bakoresha ubufindo bwerekana uruhande rwa Yonatani na Sawuli, ingabo ziba abere.

42 Sawuli aravuga ati: “Nimukoreshe ubufindo hagati yanjye n’umuhungu wanjye Yonatani.” Ubufindo bwerekana Yonatani

43 maze Sawuli aramubwira ati: “Mbwira icyo wakoze.”

Yonatani aramusubiza ati: “Nakojeje inkoni yanjye mu buki ndarigata, ngaho nimunyice!”

44 Nuko Sawuli aravuga ati: “Yonatani we, nudahanishwa urupfu Imana impane yihanukiriye!”

45 Ariko ingabo zibwira Sawuli ziti: “Yonatani ko ari we wahesheje Abisiraheli gutsinda, n’ibyo yakoze uyu munsi yari ahagarikiwe n’Imana. Byashoboka bite ko yahanishwa kwicwa? Ryaba ari ishyano! Turahiye Uhoraho ntihagire n’agasatsi kava ku mutwe we.” Ingabo zikiza Yonatani zityo ntiyicwa.

46 Sawuli arekera aho gukurikirana Abafilisiti, na bo bisubirira iwabo.

Ingoma ya Sawuli

47 Aho Sawuli yimiye ingoma, yarwanyije abanzi be bose mu bihugu bikikije Abisiraheli: Abamowabu n’Abamoni n’Abedomu n’abami ba Soba n’Abafilisiti, kandi aho yateraga hose yabagiriraga nabi.

48 Yabaye intwari atsinda n’Abamaleki, ntihongera kugira abasahura Abisiraheli.

49 Abahungu ba Sawuli bari Yonatani na Yishiwi na Malikishuwa. Abakobwa be, umukuru yitwaga Merabu, umuto akitwa Mikali.

50 Umugore wa Sawuli yitwaga Ahinowamu umukobwa wa Ahimāsi. Umugaba w’ingabo ze yitwaga Abuneri mwene Neri, se wabo wa Sawuli.

51 Neri na Kishi se wa Sawuli, bari bene Abiyeli.

52 Ku ngoma yose ya Sawuli, habaye intambara ikomeye yo kurwanya Abafilisiti. Ni yo mpamvu umuntu wese ukomeye kandi w’intwari Sawuli yabonaga, yamushyiraga mu ngabo ze.