Categories
Abacamanza

Abacamanza 20

Abisiraheli bitegura kurwana n’Ababenyamini

1 Abisiraheli bose bahuza umugambi bateranira imbere y’Inzu y’Uhoraho i Misipa. Bari baturutse mu gihugu cyose, uhereye i Dani ukageza i Bērisheba, ndetse no mu ntara ya Gileyadi.

2 Abayobozi bose b’imiryango y’Abisiraheli bari muri iryo koraniro ry’ubwoko bw’Imana. Bose bari abantu ibihumbi magana ane biteguye kujya ku rugamba.

3 Ababenyamini bumva ko Abisiraheli bateraniye i Misipa.

Nuko Abisiraheli baravuga bati: “Ngaho nimutubwire iby’ayo marorerwa!”

4 Nuko wa Mulevi, umugabo wa wa mugore wishwe rubi, arabasubiza ati: “Jye n’inshoreke yanjye twagiye gucumbika i Gibeya mu ntara y’Ababenyamini,

5 nuko abagabo baho barantera. Baje nijoro bagota inzu narimo bashaka kunyica, bonona inshoreke yanjye ikurizamo gupfa.

6 Nuko umurambo wayo nywucamo imigabane, nyohereza muri buri muryango w’Abisiraheli, kugira ngo namwe mwirebere amarorerwa n’ibizira byakorewe mu Bisiraheli.

7 Dore mwese muri Abisiraheli, ngaho nimujye inama y’igikwiriye gukorwa!”

8 Abantu bose bahagurukira icyarimwe baravuga bati: “Nta muntu n’umwe muri twe uri busubire iwe,

9 ahubwo tugiye gukoresha ubufindo turebe uko tuzatera Gibeya.

10 Mu miryango yose y’Abisiraheli, tuzatoranya abantu icumi ku ijana bazajya gushaka impamba zizatunga abazajya gutera Ababenyamini b’i Gibeya. Tuzabahanira amarorerwa bakoreye mu Bisiraheli.”

11 Nuko Abisiraheli bose bahuza umugambi wo gutera uwo mujyi.

12 Imiryango yose y’Abisiraheli yohereza intumwa ku Babenyamini, zirababwira ziti: “Amarorerwa yakorewe iwanyu ni bwoko ki?

13 Ngaho nimuduhe abo bagabo b’ibirara b’i Gibeya tubice, bityo tube dukuye ikibi mu Bisiraheli.” Ariko Ababenyamini ntibita ku byo abavandimwe babo b’Abisiraheli bavuga,

14 ahubwo bava mu mijyi yabo bateranira i Gibeya kugira ngo bajye kurwanya Abisiraheli.

15 Ababenyamini bose bavuye muri iyo mijyi, basanze ari ingabo ibihumbi makumyabiri na bitandatu, naho iz’i Gibeya zari abagabo b’indobanure magana arindwi.

16 Muri izo ngabo zose harimo magana arindwi b’indobanure batwariraga imoso, bazi no gukoresha umuhumetso ntibabe bahusha n’agasatsi.

17 Abandi Bisiraheli bari bakoranyije ingabo ibihumbi magana ane zimenyereye intambara.

Abisiraheli barwanya Ababenyamini

18 Nuko Abisiraheli barahaguruka bajya i Beteli kubaza Imana bati: “Ni uwuhe muryango uzabanza gutera Ababenyamini?”

Uhoraho arabasubiza ati: “Ni umuryango wa Yuda.”

19 Bukeye Abisiraheli barahaguruka, bashinga amahema yabo hafi y’i Gibeya.

20 Baragenda bagota umujyi batera Ababenyamini.

21 Nuko Ababenyamini basohoka muri uwo mujyi barwanya Abisiraheli, uwo munsi hapfa abantu ibihumbi makumyabiri na bibiri mu Bisiraheli.

22-23 Abisiraheli batakambiye Uhoraho bararira bageza nimugoroba, baramubaza bati: “Mbese twongere turwanye abavandimwe bacu b’Ababenyamini?”

Uhoraho arabasubiza ati: “Nimugende mubarwanye.”

Bukeye Abisiraheli bagira akanyabugabo, bongera gufata ibirindiro nk’ibyo ku munsi wa mbere,

24 batera Ababenyamini.

25 Nuko Ababenyamini basohoka mu mujyi wa Gibeya, bongera kubicamo ingabo ibihumbi cumi n’umunani.

26 Hanyuma ingabo zose z’Abisiraheli zirazamuka zijya ku Nzu y’Uhoraho i Beteli. Zirahicara, ziraboroga ziyiriza ubusa, zitambira Uhoraho ibitambo bikongorwa n’umuriro n’iby’umusangiro.

27 Abisiraheli bagisha Uhoraho inama, kuko muri iyo minsi Isanduku y’Isezerano ry’Imana yari aho i Beteli.

28 Icyo gihe Finehasi mwene Eleyazari akaba n’umwuzukuru wa Aroni, ni we wari ushinzwe iyo Sanduku. Nuko Abisiraheli babaza Uhoraho bati: “Mbese twongere tujye kurwana n’abavandimwe bacu b’Ababenyamini cyangwa se turekere aho?”

Uhoraho arabasubiza ati: “Nimuzamuke mubatere, kuko ejo nzababagabiza.”

29 Nuko Abisiraheli bubikīrira ahazengurutse Gibeya.

30 Ku munsi wa gatatu bongera gufata ibirindiro nk’ibyo ku minsi ya mbere.

31 Ababenyamini barasohoka bajya kurwana, Abisiraheli bahunga bagana mu nzira ijya i Beteli n’igana mu byaro. Ababenyamini barabakurikirana babageza kure y’i Gibeya, bongera kubicamo abantu mirongo itatu.

32 Ababenyamini baribwira bati: “Twongeye kubatsinda!” Nyamara Abisiraheli bo bari bafashe umugambi wo guhunga, kugira ngo bageze Ababenyamini mu mayira ya kure y’i Gibeya.

33-34 Nuko Abisiraheli ibihumbi icumi b’indobanure bari bubikīriye mu giteme cy’i Geba, baturumbuka aho bari bihishe batera i Gibeya. Abandi Bisiraheli uko bagahunze bahurira i Bāli-Tamari bahashinga ibirindiro. Barwana intambara y’inkundura, ariko Ababenyamini bo ntibamenye ko rubagera amajanja.

35 Uwo munsi Uhoraho aha Abisiraheli gutsinda Ababenyamini, bicamo ingabo ibihumbi makumyabiri na bitanu n’ijana.

36 Ubwo ni bwo Ababenyamini babonye ko batsinzwe.

Uko Abisiraheli batsinze

Impamvu Abisiraheli babaye nk’abahunga, ni uko bari biringiye abantu babo basigaye bubikīriye hafi y’i Gibeya.

37 Abo ngabo bahise biroha mu mujyi bawugwa gitumo, bamarira ku icumu abantu bawo.

38 Icyo gitero cyahise gitwika umujyi umwotsi uratumbagira, kuko ari cyo kimenyetso bari basezeranye na bagenzi babo.

39 Icyo gihe Ababenyamini bari bamaze kwica Abisiraheli nka mirongo itatu, baribwira bati: “N’ubu turabatsinze nk’uko twabatsinze ubushize.” Ariko Abisiraheli bari ku rugamba babonye umwotsi barabahindukirana.

40 Umwotsi wakomeje gutumbagira hejuru ya Gibeya umeze nk’igicu, maze Ababenyamini bakebutse, babona umujyi wabo wakongotse.

41 Nuko Abisiraheli barabarwanya, Ababenyamini bashya ubwoba kuko babonaga rubagera amajanja.

42 Nuko bahunga berekeje ahantu hadatuwe kuko abaturage bo mu mijyi babicaga umugenda, ariko ingabo z’Abisiraheli zakomeje kubarwanya.

43 Zarabatangatanze zibabuza amahwemo, zigenda zibica zibageza iburasirazuba bw’i Gibeya.

44 Haguye Ababenyamini ibihumbi cumi n’umunani b’intwari.

45 Abacitse ku icumu bahunga bagana ahantu hadatuwe ku rutare rwa Rimoni, bataragerayo Abisiraheli babicamo abantu ibihumbi bitanu, barabakurikirana babageza i Gidomu, bicirayo abandi ibihumbi bibiri.

46 Ababenyamini bishwe uwo munsi bari ibihumbi makumyabiri na bitanu, bose bari ingabo z’intwari.

47 Icyakora Ababenyamini magana atandatu bacitse ku icumu bahungira ahantu hadatuwe ku rutare rwa Rimoni, bamarayo amezi ane.

48 Abisiraheli bahindukirana Ababenyamini basigaye, bajya mu mijyi yose bica abantu n’amatungo, batsemba ibintu byose ndetse n’iyo mijyi yose barayitwika.

Categories
Abacamanza

Abacamanza 21

Abisiraheli bashakira Ababenyamini abageni

1 Igihe Abisiraheli bari bateraniye i Misipa, bari barahiye ko nta n’umwe muri bo uzashyingira umukobwa we mu Babenyamini.

2 Nuko bajya ku Nzu y’Imana i Beteli, barahicara birirwa barira baboroga,

3 bagatakamba bati: “Uhoraho Mana y’Abisiraheli, ibi byatubayeho ni ibiki? Umwe mu miryango y’Abisiraheli urazimye pee!”

4 Bukeye barazinduka bubaka urutambiro, batura ibitambo bikongorwa n’umuriro n’iby’umusangiro.

5 Nuko baravuga bati: “Mbere y’uko duteranira ku Nzu y’Uhoraho i Misipa, twari twarahiye dukomeje ko utazajyayo azicwa. None se haba hari abo mu miryango yose y’Abisiraheli bataje muri iryo koraniro?”

6 Abisiraheli bibajije batyo kuko bari bababajwe n’abavandimwe babo b’Ababenyamini, baravuga bati: “Uyu munsi umwe mu miryango y’Abisiraheli urazimye!

7 Twakora iki kugira ngo Ababenyamini barokotse babone abageni, ko twarahiye Uhoraho ko tutazabashyingira?”

8 Ni cyo cyatumye bibaza bati: “Ni uwuhe muryango w’Abisiraheli utaje ku Nzu y’Uhoraho i Misipa?” Basanga ari nta muntu w’i Yabeshi yo muri Gileyadi waje muri iryo koraniro.

9 Nuko barebye no mu ngabo basanga koko nta waturutse i Yabeshi y’i Gileyadi.

10 Maze ikoraniro ryose ryohereza ingabo z’intwari ibihumbi cumi na bibiri, rirategeka riti: “Nimugende mwice abaturage bose b’i Yabeshi y’i Gileyadi, abagabo n’abagore n’abana,

11 uretse abakobwa b’isugi.”

12 Bageze i Yabeshi y’i Gileyadi, mu bahatuye basangamo abakobwa b’isugi magana ane, babazana mu nkambi y’i Shilo mu gihugu cya Kanāni.

13 Nuko ikoraniro ryose ry’Abisiraheli rituma ku Babenyamini bari ku rutare rwa Rimoni kugira ngo babahumurize.

14 Nuko Ababenyamini bava mu buhungiro, Abisiraheli babashyingira ba bakobwa bavanye i Yabeshi y’i Gileyadi. Icyakora ntibabakwira, kuko Ababenyamini babarutaga ubwinshi.

15 Abisiraheli bababazwa n’ibyabaye ku Babenyamini, kuko Uhoraho yari yaciye icyuho mu miryango y’Abisiraheli.

16 Abakuru b’iryo koraniro baravugana bati: “Twakora iki kugira ngo Ababenyamini basigaye babone abagore, ko Ababenyaminikazi bashize?

17 Tugomba gucikūra Ababenyamini basigaye, kuko ari nta n’umwe wo mu miryango y’Abisiraheli ukwiriye kuzima.

18 Nyamara ntidushobora kubashyingira abakobwa bacu, kuko twarahiye tuvuga tuti: ‘Uzashyingira Ababenyamini azavumwe!’ ”

19 Ariko baza kwibuka ko mu gihe gito bazizihiza iminsi mikuru y’Uhoraho ibera i Shilo buri mwaka. Shilo yari mu majyaruguru ya Beteli, mu burasirazuba bw’inzira ituruka i Beteli igana i Shekemu, hakaba no mujyepfo ya Lebona.

20 Nuko babwira abo Babenyamini bati: “Muzagende mwihishe mu mizabibu,

21 maze nimubona abakobwa b’i Shilo basohotse bajya kubyina, muzave muri iyo mizabibu, buri wese yifatire umugore muri abo bakobwa, hanyuma mubajyane iwanyu mu ntara y’Ababenyamini.

22 Ba se b’abo bakobwa cyangwa basaza babo nibaza kubaturegera, tuzababwira tuti: ‘Nimutubabarire mubabarekere, kuko abagabo bamwe bo muri bo tutababoneye abagore muri ya ntambara, kandi nta wuzabibarenganyiriza kuko atari mwe mwababashyingiye.’ ”

23 Nuko Ababenyamini babigenza batyo, buri wese yifatira umugore muri abo bakobwa bari bagiye kubyina. Hanyuma babajyana iwabo mu ntara y’Ababenyamini, bisanira imijyi yabo bayituramo.

24 Birangiye abandi Bisiraheli barataha, umuntu wese yisubirira iwe mu muryango we no muri gakondo ye.

25 Muri icyo gihe Abisiraheli nta mwami bari bafite, umuntu wese yikoreraga icyo yishakiye.

Categories
Ruti

Ruti 1

Umuryango wa Elimeleki usuhukira i Mowabu

1 Igihe Abisiraheli bategekwaga n’abacamanza, mu gihugu cyabo hateye inzara. Nuko umugabo w’i Betelehemu mu ntara y’u Buyuda, asuhukira mu gihugu cy’i Mowabu, ajyana n’umugore we n’abahungu be babiri.

2 Uwo mugabo yitwaga Elimeleki, umugore we akitwa Nawomi, naho abahungu be, umwe yitwaga Mahiloni, undi akitwa Kiliyoni. Bari Abanyefuratab’i Betelehemu. Nuko bagera i Mowabu baturayo. Bakiriyo

3 Elimeleki arapfa, Nawomi asigarana n’abahungu be babiri.

4 Abo bahungu barongora abakobwa b’Abamowabukazi. Umwe yitwaga Orupa, undi akitwa Ruti. Hashize nk’imyaka icumi basuhukiye i Mowabu,

5 Mahiloni na Kiliyoni na bo barapfa. Nawomi asigara ari umupfakazi n’incike.

Ruti ajyana na nyirabukwe Nawomi i Betelehemu

6 Nawomi akiri i Mowabu amenya ko Uhoraho yitaye ku bantu be, akabaha umusaruro mwiza. Nuko yitegura gusubira mu gihugu cye hamwe n’abakazana be.

7 Ahagurukana na bo bombi, asubira mu gihugu cye mu ntara y’u Buyuda. Bakigenda,

8 Nawomi abwira abakazana be ati: “Bana banjye, nimwisubirireyo buri wese ajye iwabo. Ineza mwagiriye ba nyakwigendera hamwe nanjye, namwe Uhoraho ayibagirire.

9 Mwembi Uhoraho abahe kuzabona abandi bagabo, mubagirireho umugisha.”

Nawomi arabahobera, abasezeraho. Nuko abakazana be bararira cyane.

10 Baramubwira bati: “Ashwi da! Ntitugusiga ahubwo turajyana iwanyu.”

11 Nawomi yongera kubabwira ati: “Bana banjye, nimwisubirireyo. Ni iki gituma mushaka ko tujyana? Dore naracuze, singishoboye kubabyarira abandi bagabo.

12 Nimundeke mwisubirire iwanyu. Dore ndakecuye cyane, sinkiri uwo gushaka undi mugabo. Kandi nubwo navuga nti: ‘Ndacyafite icyizere iri joro ndi bubone umugabo tuzabyarane abahungu’,

13 mbese mwategereza igihe bazakurira ntimushake abandi bagabo? Oya, bana banjye! Ntibikabeho! Erega mfite ishavu riruta iryanyu, kuko Uhoraho yahagurukiye kundwanya.”

14 Abakazana be bombi bongera kurira cyane, maze Orupa ahobera nyirabukwe amusezeraho, ariko Ruti we yanga kumusiga.

15 Nawomi abwira Ruti ati: “Dore mukeba wawe asubiye muri bene wabo no ku mana zabo. Nawe mukurikire usubire iwanyu.”

16 Ariko Ruti aramusubiza ati: “Wimpatira kugusiga kugira ngo nsubire iwacu. Aho uzajya ni ho nzajya, aho uzaba ni ho nzaba. Abantu bawe bazaba abantu banjye, Imana yawe izaba Imana yanjye.

17 Aho uzagwa ni ho nzagwa bahampambe. Nihagira ikindi kidutandukanya kitari urupfu, Uhoraho azabimpanire yihanukiriye.”

18 Nawomi abonye ko Ruti yiyemeje kujyana na we, areka kumuhatira gusubira iwabo.

19 Bombi barajyana bagerana i Betelehemu. Bagezeyo batera abo mu mujyi bose amatsiko. Abagore barabazanya bati: “Niko ye, koko se uyu ni Nawomi?”

20 Nawomi arababwira ati: “Ntimukongere kunyita Nawomi – risobanurwa ngo Nyiramahirwe – ahubwo mujye munyita Mara – risobanurwa ngo Nyirashavu – kuko Imana nyir’ububasha yanteye ishavu ryinshi.

21 Navuye ino ntunganiwe, none Uhoraho ahangaruye ndi nyakamwe. None se ni iki gituma munyita Nawomi kandi Uhoraho nyir’ububasha yarahagurukiye kundwanya, akanteza ibyago?”

22 Nguko uko Nawomi yavuye mu gihugu cy’i Mowabu akagaruka iwabo, ari kumwe n’umukazana we Umumowabukazi Ruti. Bageze i Betelehemu abantu batangiye gusarura ingano zitwa bushoki.

Categories
Ruti

Ruti 2

Ruti ahumba ingano mu murima wa Bowazi

1 Elimeleki umugabo wa Nawomi yari afite mwene wabo witwaga Bowazi. Yari umukungu kandi abantu baramwemeraga.

2 Nuko Umumowabukazi Ruti abwira Nawomi ati: “Reka njye kwihumbira amahundo y’ingano mu murima w’umugiraneza uri bubinyemerere.”

Nawomi aramusubiza ati: “Mwana wanjye, ngaho genda.”

3 Nuko Ruti ajya guhumba ingano aho abakozi bamaze gusarura. Iby’amahirwe, isambu yahumbagamo yari iya Bowazi mwene wabo wa Elimeleki.

4 Hashize umwanya, Bowazi aza aturutse i Betelehemu asuhuza abasaruraga ati: “Nimuhorane Imana.” Na bo baramusubiza bati: “Nawe niguhe umugisha.”

5 Bowazi abaza uwari uyoboye abasaruzi ati: “Uriya mugore ni uwa nde?”

6 Na we aramusubiza ati: “Ni wa Mumowabukazi wazanye na Nawomi avuye i Mowabu.

7 Yansabye uruhushya rwo kwihumbira amahundo yagiye asigara hagati y’imiba. Yahereye mu gitondo ahumba, ubu ni bwo acyugama izuba.”

8 Bowazi amaze gusuhuza Ruti, aramubwira ati: “Umva ntukagire indi sambu ujya guhumbamo atari iyanjye, ujye uguma aho abaja banjye basarura.

9 Ujye witegereza neza umurima abakozi basaruramo, maze uhumbe aho abaja bamaze gukora. Nihanangirije abakozi banjye ngo be kugukubaganya. Kandi nugira inyota uzajye ujya aho ibibindi bavomeyemo amazi biri, maze unywe.”

10 Nuko Ruti yikubita imbere ya Bowazi, aramubwira ati: “Ni iki gitumye unyitaho ukangirira neza, kandi ndi umunyamahangakazi?”

11 Bowazi aramusubiza ati: “Bantekerereje ibyo wagiriye nyokobukwe byose kuva umugabo wawe yapfa. Namenye ko wasize so na nyoko uva mu gihugu cyanyu kavukire, maze wiyemeza kubana n’abantu utigeze umenya.

12 Uhoraho akwiture ibyo wakoze byose. Koko rero Uhoraho wisunze, ari we Mana y’Abisiraheli, aguhundagazeho imigisha yose.”

13 Ruti asubiza Bowazi ati: “Mubyeyi, ungiriyeneza kuko umaze umubabaro, kandi ukambwiza ineza nubwo ndahwanye n’umwe wo mu baja bawe.”

14 Igihe cyo gufungura kigeze, Bowazi abwira Ruti ati: “Ngwino nawe ufungure. Fata igisate cy’umugati ukoze mu isupu.”

Ruti yicara iruhande rw’abasaruzi, maze Bowazi amuha ku mpeke zikaranze, ararya arahaga ndetse arasigaza.

15 Hanyuma Ruti arahaguruka asubira guhumba. Bowazi abwira abakozi be ati: “Mumureke ahumbe no hagati y’imiba y’ingano, ntihagire umukoma imbere.

16 Ahubwo amahundo amwe mujye muyasohorora mu miba muyasige inyuma, ayihumbire. Muramenye ntihagire umutonganya.”

17 Nuko Ruti ahumba mu kwa Bowazi ageza nimugoroba. Ahuye ingano yahumbye zivamo nk’ibiro icumi.

18 Arazikorera azitahana mu mujyi, nyirabukwe arazibona, maze Ruti amuha na bya byokurya byari byasigaye.

19 Nawomi abaza Ruti ati: “Uyu munsi wahumbye mu kwa nde? Wakoze hehe? Imana ihe umugisha uwo muntu wakugiriye neza.”

Ruti abwira nyirabukwe ati: “Uyu munsi nahumbye mu murima w’umugabo witwa Bowazi.”

20 Nawomi abwira umukazana we ati: “Uwo mugabo aragahirwa n’Uhoraho udahwemakugirira neza ba nyakwigendera, ndetse natwe abakiriho.”

Nawomi yungamo ati: “Erega uwo mugabo Bowazi dufitanye isano ya bugufi! Ni umwe mu bagomba kutwitaho.”

21 Umumowabukazi Ruti abwira nyirabukwe ati: “Ndetse yambwiye kugumana n’abakozi be kugira ngo njye nihumbira aho bamaze gusarura, kugeza ubwo isarura rizaba rirangiye.”

22 Nawomi abwira Ruti umukazana we ati: “Mwana wanjye, ni byiza kujyana n’abaja ba Bowazi ugahumba aho basarura, kuko uramutse ugiye mu murima w’undi yakugirira nabi.”

23 Ruti agumana n’abaja ba Bowazi akajya ahumba aho bakoraga, kugeza ubwo barangije gusarura ingano zitwa bushoki n’izitwa nkungu. Ruti akomeza kubana na nyirabukwe.

Categories
Ruti

Ruti 3

Ruti arara ku mbuga ya Bowazi

1 Muri iyo minsi Nawomi abwira umukazana we Ruti ati: “Mwana wanjye, nkwiriye kugushakira umugabo kugira ngo umererwe neza.

2 Wa mugabo witwa Bowazi wakwemereraga gukorana n’abaja be, ni mwene wacu. Nimugoroba ari bujye ku mbuga kugosoza ingano za bushoki.

3 None iyuhagire witere amarashi, wifubike n’umwenda maze umanuke ujye ku mbuga. Uramenye ntumwiyereke ataramara kurya no kunywa.

4 Najya kuryama uze kwitegereza aho aryamye, maze uze kugenda worosore ku birenge byeabe ari ho wiryamira, na we ari bukubwire icyo ugomba gukora.”

5 Ruti asubiza nyirabukwe ati: “Ibyo umbwiye byose ndabikora.”

6 Ruti ajya ku mbuga, akora uko nyirabukwe yamubwiye.

7 Bowazi amaze kurya no kunywa yumva yishimye, maze ajya kuryama iruhande rw’ikirundo cy’ingano ze. Ruti aromboka, amworosora ku birenge maze ariryamira.

8 Mu gicuku Bowazi ashigukira hejuru. Ngo yeguke, abona umugore uryamye hafi y’ibirenge bye.

9 Bowazi aramubaza ati: “Yewe! Uri nde?”

Ruti aramusubiza ati: “Ndi umuja wawe Ruti. Ndakwinginze nyorosa igishura cyawe unyijyanire, kuko ari wowe ugomba kuncyura ugacikura nyakwigendera.”

10 Bowazi aramusubiza ati: “Ruti, Uhoraho aguhe umugisha, wabaye indahemuka kuri nyokobukwe, none urushijeho kubigaragariza umuryango we. Ntiwigeze wiruka inyuma y’abasore, baba abakire cyangwa abakene.

11 None rero ntuhangayike, icyo uzashaka cyose nzakigukorera. Erega n’abantu bose bo mu mujyi wacu bazi ko uri inyangamugayo!

12 Ni iby’ukuri koko mfite uburenganzira bwo kugucyura ngacikura nyakwigendera. Icyakora hari undi mugabo ufitanye na we isano ya bugufi, unsumbije ubwo burenganzira.

13 None rara hano, maze ejo mu gitondo tuzareba ko yemera kugucyura agacikura nyakwigendera. Nabyemera azaba agize neza. Natabyemera kandi, ndahiye Uhoraho, nzagucyura mucikure. Iryamire hano utegereze ko bucya.”

14 Nuko Ruti aryama hafi y’ibirenge bya Bowazi. Mu kabwibwi, igihe umuntu atabasha kumenya undi arabyuka, kuko Bowazi yibwiraga ati: “Bye kumenyekana ko uyu mugore yaraye hano.”

15 Bowazi abwira Ruti ati: “Ikuremo umwambaro wifubitse maze uwurambure.”

Ruti awikuramo arawurambura, nuko Bowazi amushyiriramo ibiro bigera kuri makumyabiri by’ingano za bushoki, arazimukorera maze yisubirira mu mujyi.

16 Ruti na we ajya kwa nyirabukwe. Nyirabukwe aramubaza ati: “Mbese ni wowe, mwana wanjye?”

Ruti amutekerereza ibyo Bowazi yamugiriye byose.

17 Kandi yungamo ati: “Ni na we wampaye izi ngano za bushoki, yanga ko ntaha amara masa.”

18 Nawomi aramubwira ati: “Mwana wanjye, igumire hano kugeza ubwo uri bumenye amaherezo y’icyo kibazo. Bowazi na we, uyu munsi ntari buruhuke atagitunganyije.”

Categories
Ruti

Ruti 4

Bowazi ashingwa ibya Elimeleki

1 Bowazi ajya mu mujyi aho bakemuriraga ibibazo, arahicara. Wa mugabo Bowazi yabwiraga Ruti ko afitanye isano ya bugufi na Elimeleki, arahanyura. Bowazi aramuhamagara ati: “Yewe, ngwino hano wicare nkubwire.”

Nuko uwo mugabo araza, aricara.

2 Bowazi ahamagara abagabo icumi bo mu bakuru b’umujyi, arababwira ati: “Nimwicare.” Bamaze kwicara

3 Bowazi abwira wa mugabo ati: “Uzi ko Nawomi yavuye mu gihugu cy’i Mowabu, none arashaka umuvandimwe ufitanye isano ya bugufi na Elimeleki umuvandimwe wacu, kugira ngo amushinge isambu ye.

4 Nkaba nagira ngo mbikumenyeshe, ndetse ngusabe no kwemerera imbere ya rubanda n’imbere y’aba bakuru bicaye hano, ko ushingwa iyo sambu. Niba ubyemera ubivugire aha, niba kandi utabyemera ubimbwire. Ubwa mbere ni wowe ugomba gushingwa iyo sambu, wabyanga nkabona kuyishingwa.”

Uwo mugabo abwira Bowazi ati: “Ndabyemeye.”

5 Bowazi abwira uwo mugabo ati: “Ubwo wemeye gushingwa isambu ya Nawomi n’Umumowabukazi Ruti, ugomba no kwishingira gucyura umupfakazi muka nyakwigendera, kugira ngo umucikure haboneke umwana uzaragwa ibye.”

6 Uwo mugabo asubiza Bowazi ati: “Niba ari ibyo sinkibyemeye, kuko ntinya ko byabangamira umutungo wanjye. Uburenganzira bwanjye ndabukwihereye, jyewe sinabishobora.”

7 Kera mu gihugu cya Isiraheli, iyo umuntu yeguriraga undi uburenganzira bwe, cyangwa akamwegurira umutungo we, yikuragamo urukweto rwe akarumuha. Icyo ni cyo cyari ikimenyetso cyemewe n’amategeko.

8 Nuko wa mugabo abwira Bowazi ati: “Ibyo ube ari wowe ubishingwa.” Maze akuramo urukweto rwe ararumuha.

9 Nuko Bowazi abwira ba bakuru na rubanda bari aho ati: “Uyu munsi mbatanze ho abagabo ko nemeye ko Nawomi anshinga ibya Elimeleki n’abahungu be, ari bo Kiliyoni na Mahiloni.

10 Byongeye kandi, n’Umumowabukazi Ruti muka nyakwigendera Mahiloni, uyu munsi ndamucyuye kugira ngo ncikure uwo nyakwigendera, bityo haboneke umwana uzaragwa ibye, ye kwibagirana muri bene wabo no mu mujyi wabo. Na none mbatanze ho abagabo bo guhamya ibyo.”

11 Abakuru b’umujyi na rubanda bari aho baramusubiza bati: “Yee, turi abagabo bo kubihamya. Uhoraho azahe uwo mugore ucyuye kubyara, yororoke nka Rasheli na Leya, abagore ba Isiraheli bakomotsweho n’umuryango munini. Uragatunga utunganirwe mu Banyefurata, maze ube ikirangirire mu mujyi wa Betelehemu.

12 Icyaduha urubyaro Uhoraho azaguha kuri uwo mugore ukiri inkumi rukagwira, maze umuryango wawe ukangana n’uwa PerēsiYuda yabyaranye na Tamari.”

Bowazi acyura Ruti babyarana Obedi

13 Nuko Bowazi acyura Ruti, amugira umugore we. Uhoraho ahira Ruti asama inda, maze abyara umwana w’umuhungu.

14 Abagore babwira Nawomi bati: “Uhoraho nasingizwe, we utagutereranye, uyu munsi akaba aguhaye umwana umwuzukuru uzakwitaho. Icyaduha uwo mwana akaba ikirangirire mu Bisiraheli.

15 Uwo mwana azatuma ubuzima bwawe bugarura itoto, kandi agushajishe neza. Umukazana wawe aragukunda ndetse akurutira abahungu barindwi, dore ni we wibarutse uwo mwana.”

16 Nawomi aterura uwo mwana amushyira mu gituza cye, bityo aba umurezi we.

17 Abagore baturanye na Nawomi bakajya bavuga bati: “Nawomi yabonye akuzukuru.” Uwo mwana bamwita Obedi. Obedi uwo ni we wabyaye Yese, Yese abyara Dawidi.

Amasekuruza y’Umwami Dawidi

18 Uru ni rwo rubyaro rwa Perēsi: Perēsi yabyaye Hesironi,

19 Hesironi abyara Ramu, Ramu abyara Aminadabu,

20 Aminadabu abyara Nahasoni, Nahasoni abyara Salumoni,

21 Salumoni abyara Bowazi, Bowazi abyara Obedi,

22 Obedi abyara Yese, Yese na we abyara Dawidi.

Categories
1 Samweli

1 Samweli 1

Hana asengera i Shilo

1 I Rama y’Abasufu mu misozi y’Abefurayimu, hari hatuye Umwefurayimu witwaga Elikana mwene Yerohamu wa Elihu, wa Tohu wa Sufu.

2 Yari afite abagore babiri, Hana na Penina. Penina yari afite abana, naho Hana nta n’umwe yari afite.

3 Buri mwaka Elikana yajyaga i Shilogusenga Uhoraho Nyiringabo, no kumutura ibitambo. Icyo gihe abahungu bombi ba Eli, ari bo Hofuni na Finehasi bari abatambyi b’Uhoraho i Shilo.

4 Uko Elikana yaturaga igitambo cy’umusangiro, yahaga Penina na buri mwana umurwi,

5 ariko Hana akamuha umugabane w’akarusho kuko yari inkundwakazi, nubwo Uhoraho atari yaramuhaye kubyara.

6 Mukeba we Penina yahoraga amukwena kugira ngo amubabaze, kuko Uhoraho yamugize ingumba.

7 Buri mwaka uko bajyaga ku Nzu y’Uhoraho, ni ko Penina yamukwenaga, Hana akarira akanga no kurya.

8 Umugabo we Elikana akamubaza ati: “Urarizwa n’iki? Ni kuki wanga kurya? Ni iki kikubabaje? Mbese sinkurutira abahungu icumi?”

Hana na Eli

9 Umunsi umwe bari i Shilo bamaze gufungura, Hana arahaguruka ajya gusenga. Ubwo umutambyi Eli akaba yicaye ku ntebe ye hafi y’umuryango w’Ingoroy’Uhoraho.

10 Hana yari afite agahinda kenshi, ararira cyane.

11 Nuko ahiga umuhigo agira ati: “Uhoraho Nyiringabo, reba akababaro umuja wawe ndimo. Unyiteho ntuntererane, ahubwo umpe akana k’agahungu. Niyemeje kuzakakwegurira burundu, kandi ntikazigera kogoshwa.”

12 Hana amara umwanya muremure asenga Uhoraho. Eli yaramwitegerezaga

13 akabona iminwa inyeganyega, ariko ntagire icyo yumva kuko yasengaga bucece. Nuko Eli agira ngo Hana yasinze,

14 ni ko kumubwira ati: “Uzakomeza gusinda kugeza ryari? Waretse inzoga!”

15 Hana aramusubiza ati: “Oya nyakubahwa, sinanyoye divayi cyangwa izindi nzoga, ahubwo ndi umugore washavuye nkaba naje kuganyira Uhoraho.

16 Ishavu n’agahinda byandenze, ni byo natinze mbwira Uhoraho. Ntumfate nk’umugore w’umupfayongo!”

17 Eli aramubwira ati: “Genda amahoro, kandi Imana y’Abisiraheli iguhe icyo wayisabye.”

18 Hana na we ati: “Nyakubahwa, ubonye nakugizeho ubutoni!” Nuko Hana aragenda yemera kurya, no mu maso he haracya.

Ivuka rya Samweli

19 Bukeye Elikana n’urugo rwe bazinduka bajya kuramya Uhoraho, barangije basubira iwabo i Rama.

Elikana aryamana n’umugore we Hana, maze Uhoraho yumva isengesho rye.

20 Hana asama inda, abyara umuhungu amwita Samwelikuko yagiraga ati: “Namusabye Uhoraho.”

21 Uwo mwaka Elikana asubira i Shilo hamwe n’urugo rwe, gutura Uhoraho igitambo cya buri mwaka n’icyo guhigura umuhigo.

22 Icyakora Hana ntiyajyanye n’umugabo we, aramubwira ati: “Ntegereje ko umwana acuka nkabona kuzamujyana i Shilo, nkamutura Uhoraho akigumirayo burundu.”

23 Elikana aramusubiza ati: “Nta cyo bitwaye, nushaka igumire hano kugeza ubwo umwana azacuka. Uhoraho nasohoze ijambo rye.” Nuko Hana aguma imuhira, yonsa umwana we kugeza acutse.

24 Amaze kumucutsa, ahita amujyana mu Nzu y’Uhoraho i Shilo nubwo yari akiri muto. Hana n’umugabo we bajyana ikimasa cy’imyaka itatu, n’ibiro icumi by’ifu n’uruhago rw’uruhurwuzuye divayi.

25 Nuko batamba cya kimasa, naho umwana bamushyikiriza Eli.

26 Hana ni ko kubwira Eli ati: “Nyakubahwa, ndakumenyesha rwose ko ndi wa mugore wari ukuri iruhande, nganyira Uhoraho.

27 Uyu mwana ni we nasabaga, none Uhoraho yaramumpaye.

28 Nanjye rero mutuye Uhoraho, azibere uw’Uhoraho ubuzima bwe bwose.” Nuko baramyaUhoraho.

Categories
1 Samweli

1 Samweli 2

Hana ashimira Uhoraho

1 Hana asenga agira ati:

“Umutima wanjye wasābwe n’ibyishimo kubera Uhoraho,

Uhoraho ni we nkesha imbaraga.

Abanzi banjye mbahaye urw’amenyo,

Uhoraho, ndagushimira ko wankijije.

2 Uhoraho, ni wowe muziranenge wenyine,

nta yindi mana ibaho uretse wowe,

Mana yacu, ni wowe wenyine rutare twegamira.

3 “Ntimugasukiranye amagambo y’ubwirasi,

ntimukavugane agasuzuguro,

koko Uhoraho ni Imana izi byose,

ni we uzi impamvu z’ibikorwa byose by’abantu.

4 Imiheto y’intwari iravunika,

naho abanyantegenke abagwiriza imbaraga.

5 Abari barariye bagahaga ubu barashaka aho baca incuro,

naho abari baraguye umudari ubu baradamaraye.

Umugore wari ingumba abyaye karindwi,

naho uwari wishimiye urubyaro, arigunze.

6 Uhoraho arica kandi akabeshaho,

ni we ujyana abantu ikuzimu,

kandi ni we ubakurayo.

7 Uhoraho atanga ubukene n’ubukire,

acisha bugufi kandi agakuza.

8 Akura umunyantegenke mu mukungugu,

umukene na we amukura mu ivu,

abicaza mu mwanya w’ibikomangoma,

abashyira mu rwego rw’abanyacyubahiro.

Koko isi yose ni iy’Uhoraho,

ni we wayishinze ku mfatiro zayo.

9 Uhoraho arinda abamwubaha,

naho abagome batikirira mu icuraburindi,

nubwo bagira imbaraga ntibazarokoka.

10 Uhoraho azarimbura abanzi be,

azabakubitisha inkuba yibereye mu ijuru.

Azacira imanza abatuye isi bose,

azaha ububasha umwami yitoranyirije,

azakuza uwo yimikishije amavuta.”

11 Hanyuma Elikana asubira iwe i Rama, naho umwana Samweli aguma i Shilo akorera Uhoraho, atozwa n’umutambyi Eli.

Abahungu ba Eli

12 Abahungu ba Eli bari abapfayongo, ntibitaga ku Uhoraho

13 no ku byo abatambyi bagombaga gukorera rubanda. Iyo umuntu yaturaga igitambo, umwe mu bagaragu babo yazaga aho batetse inyama afite igikanya cy’amenyo atatu,

14 akakijomba mu ngunguru cyangwa mu isafuriya, cyangwa mu nkono cyangwa mu cyungo. Nuko ibyo icyo gikanya kijabuye, bikaba iby’umutambyi. Nguko uko bene Eli bagenzerezaga Abisiraheli bose bazaga i Shilo.

15 Ndetse umutambyi ataranatwika urugimburw’igitambo, umugaragu we yarazaga akabwira uwatambaga igitambo ati: “Mpa inyama zo kokereza umutambyi, ntashaka ko umuha izitetse arishakira imbisi.”

16 Iyo undi yamusubizaga ati: “Reka babanze batwike urugimbu, hanyuma utware izo ushaka”, umugaragu yaramubwiraga ati: “Zimpe nonaha, niba wanze ndazitwara ku gahato.”

17 Icyo cyaha cya bene Eli cyari gikomeye cyane ku Uhoraho, kuko batubahaga amaturo yamugenewe.

Samweli akiri muto

18 Umwana Samweli yiyambariraga ikanzu y’umweru, agakorera Uhoraho.

19 Uko umwaka utashye, nyina wa Samweli yamudoderaga umwambaro, akawumushyīra iyo yajyanaga n’umugabo we i Shilo gutamba igitambo cya buri mwaka.

20 Eli yasabiraga umugisha Elikana n’umugore we, akabwira Elikana ati: “Uhoraho azaguhe kubyarana n’uwo mugore abandi bana, bo gusimbura uwo yasabye Uhoraho akamumutura.” Hanyuma bagasubira iwabo.

21 Nuko Uhoraho agirira Hana impuhwe, abyara abandi bahungu batatu n’abakobwa babiri, naho umwana Samweli akomeza gukurira mu Nzu y’Uhoraho.

Eli acyaha abahungu be

22 Umutambyi Eli yari ageze mu zabukuru. Amenye uko abahungu be bitwara mu Bisiraheli, n’uko basambanaga n’abagore bakoraga ku muryango w’Ihema ry’ibonaniro,

23 arababwira ati: “Ibyo nabumviseho ni ibiki? Abantu bose bavuga ko mwifata nabi!

24 Bana banjye, nimusigeho! Ibyo numva ubwoko bw’Uhoraho bubavugaho biteye isoni!

25 Iyo umuntu akoreye undi ikosa, Uhoraho ashobora kubunga, ariko se iyo umuntu acumuye ku Uhoraho, ni nde wabunga?” Nyamara abo bahungu ntibigeze bita ku byo se ababwira. Koko rero, Uhoraho yari yamaze kwemeza ko bagomba gupfa.

26 Naho umwana Samweli yakomezaga gukura neza, ashimwa n’Uhoraho n’abantu.

Umuhanuzi ahanurira Eli n’urugo rwe ko bazahanwa

27 Umuhanuzi asanga Eli aramubwira ati: “Uhoraho aravuze ati: ‘Nimenyesheje ba sokuruza igihe bari mu Misiri bakorera umwami waho.

28 Mu miryango yose y’Abisiraheli sokuruza Aroni ni we nahisemo ngo ambere umutambyi, ashingwa imirimo y’urutambiro rwanjye no kunyosereza imibavu no kungisha inama. Ndetse we n’abamukomokaho nabeguriye umugabane ku bitambo bitwikwa, Abisiraheli batura.

29 None se, ni kuki mutubaha ibitambo n’amaturo nategetse ko banzanira mu Nzu yanjye? Dore murabyibushywa n’inyama nziza z’ibitambo ubwoko bwanjye bw’Abisiraheli banzanira! Kuki wubaha abahungu bawe kuruta uko unyubaha?

30 Jyewe Uhoraho Imana y’Abisiraheli nari nasezeranyije urugo rwawe ndetse n’abazagukomokaho bose ko muzambera abatambyi iteka ryose, ariko noneho mvuze ko atari ko bikimeze. Abanyubaha nzabakuza, naho abansuzugura nzabakoza isoni.

31 Bidatinze, ngiye kukuvutsa abanyamaboko mu rugo rwawe no mu nzu yawe, ku buryo nta wo muri mwe uzagera mu zabukuru.

32 Abisiraheli bazagubwa neza, naho mu Ngoro yanjye uzahasimburwa n’undi, kandi mu rugo rwawe nta musaza uzongera kuhaboneka.

33 Abenshi mu muryango wawe bazakenyuka, n’abazakomeza umurimo w’ubutambyi bazaguteza ishavu n’intimba.

34 Ikizabikwemeza ni uko abahungu bawe bombi, Hofuni na Finehasi bazapfira umunsi umwe.

35 Nzitoranyiriza umutambyi w’umunyamurava uzakora ibyo nifuza. Nzamutonesha we n’abazamukomokaho, bazahora bagaragiye umwami nimikishije amavuta.

36 Uzaba yararokotse mu bazagukomokaho, azajya kwikubita imbere y’abo batambyi kugira ngo arebe ko yabona igikoroto cy’ifeza cyangwa akamanyu k’umugati, kandi abinginge kugira ngo bamuhe akazi babonye kose mu mirimo y’abatambyi, abone icyo kumutunga.’ ”

Categories
1 Samweli

1 Samweli 3

Imana itora Samweli

1 Umwana Samweli yakoreraga Uhoraho atōzwa na Eli. Muri icyo gihe, abumvaga ijwi ry’Uhoraho n’ababonekerwaga bari mbarwa.

2 Umutambyi Eli yari atangiye guhuma, atabona neza. Ijoro rimwe yari yiryamiye ku buriri bwe.

3 Samweli we yari yiryamiye mu Nzu y’Uhoraho hafi y’Isanduku y’Imana. Igihe itara ryo mu Nzu y’Imana ryari ritarazima,

4 Uhoraho ahamagara Samweli, na we aritaba ati: “Karame!”

5 Samweli yiruka asanga Eli, aramubwira ati: “Ndakwitabye kuko umpamagaye.”

Eli aramusubiza ati: “Sinaguhamagaye, subirayo uryame.” Samweli asubira kuryama.

6 Uhoraho yongera guhamagara Samweli. Samweli arabyuka asanga Eli, aramubwira ati: “Ndakwitabye kuko umpamagaye.”

Eli aramusubiza ati: “Sinaguhamagaye mwana wanjye, subirayo uryame.”

7 Samweli yari ataramenya Uhoraho, kuko Uhoraho yari ataramuvugisha.

8 Uhoraho ahamagara Samweli ubwa gatatu, maze Samweli asanga Eli, aramubwira ati: “Ndakwitabye kuko umpamagaye.”

Noneho Eli amenya ko ari Uhoraho uhamagara umwana.

9 Ni ko kumubwira ati: “Genda uryame, niyongera kuguhamagara umusubize uti: ‘Uhoraho, vuga umugaragu wawe nguteze amatwi.’ ” Nuko Samweli asubira ku buriri bwe araryama.

10 Uhoraho araza yongera guhamagara nka mbere ati: “Samweli, Samweli.”

Samweli arasubiza ati: “Vuga, umugaragu wawe nguteze amatwi.”

11 Nuko Uhoraho aramubwira ati: “Hari icyo ngiye gukora mu Bisiraheli, ku buryo uzabyumva wese azakubitwa n’inkuba.

12 Icyo gihe umuryango wa Eli nzawuteza ibyago byose navuze nta na kimwe nsize inyuma.

13 Namumenyesheje ko nzarimbura umuryango we burundu. Koko rero, abahungu be baracumuye biha kunsuzugura, maze arabihorera kandi abizi.

14 Ni yo mpamvu narahiriye umuryango wa Eli, ko nta bitambo cyangwa amaturo byo guhongerera ibyaha byabo nzemera.”

15 Nuko Samweli akomeza kuryama ageza mu gitondo, hanyuma arabyuka akingura inzugi z’Inzu y’Uhoraho, ariko ntiyatinyuka gutekerereza Eli ibyerekeye ibonekerwa rye.

16 Eli aramuhamagara ati: “Samweli mwana wanjye.”

Samweli aritaba ati: “Karame!”

17 Eli ati: “Imana yakubwiye iki? Uramenye ntugire icyo umpisha. Nugira ijambo na rimwe umpisha mu byo yakubwiye, iguhane yihanukiriye.”

18 Nuko Samweli amutekerereza byose nta cyo amuhishe. Eli ni ko kuvuga ati: “Ni Uhoraho, abigenze uko yishakiye.”

19 Samweli akomeza gukura kandi Uhoraho yari kumwe na we, ku buryo nta jambo rya Samweli ritasohoraga.

20 Mu gihugu cyose cya Isiraheli, guhera i Dani kugera i Bērisheba, bamenya ko Samweli ari umuhanuzi w’Uhoraho koko.

21 Uhoraho yakomeje kwigaragariza i Shilo. Ni ho yihishuriraga Samweli kugira ngo amugezeho ijambo rye,

Categories
1 Samweli

1 Samweli 4

Isanduku y’Isezerano inyagwa

1 Samweli na we arigeze ku Bisiraheli bose.

Umunsi umwe Abisiraheli bajya kurwanya Abafilisiti, bakambika Ebenezeri, naho Abafilisiti bakambika Afeki.

2 Nuko Abafilisiti batera Abisiraheli, urugamba rurakomera batsinda Abisiraheli, babicamo abantu bagera ku bihumbi bine kuri urwo rugamba.

3 Abasigaye bageze mu nkambi, abakuru b’Abisiraheli baravuga bati: “Ni kuki Uhoraho yatumye Abafilisiti badutsinda? Nimuze tujye i Shilo kuzana Isanduku y’Isezerano ry’Uhoraho, nituyijyana ku rugamba izaduha gutsinda abanzi bacu.”

4 Nuko bohereza abantu i Shilo bo kuzana Isanduku y’Isezerano ry’Uhoraho Nyiringabo, uganje hagati y’amashusho y’abakerubi. Abahungu bombi ba Eli, Hofuni na Finehasi ni ho bari bari.

5 Isanduku y’Isezerano ry’Uhoraho igeze mu nkambi, ingabo zose z’Abisiraheli zirasakuza cyane, isi iratingita.

6 Abafilisiti bumvise urwo rusaku, baravuga bati: “Urwo rusaku rwinshi ruvugiye mu nkambi y’Abaheburayi rusobanura iki?” Bamenye ko Isanduku y’Uhoraho yahageze,

7 bashya ubwoba maze barabwirana bati: “Imana yageze mu nkambi yabo, ibintu nk’ibi ntibyigeze bibaho, noneho turashize!

8 Koko turashize! Ni nde uzaturokora ububasha bw’izo mana z’ibihangange? Ni zo zateje Abanyamisiri ibyago by’ishyano ryose mu butayu!

9 Bafilisiti, nimukomere kandi mube intwari, naho ubundi twaba inkoreragahato z’Abaheburayi nk’uko na bo babaye izacu! Nimuze rero turwane kigabo.”

10 Abafilisiti bagaba igitero batsinda Abisiraheli, babicamo ingabo zigenda ku maguru ibihumbi mirongo itatu, abacitse ku icumu buri wese ahunga yigira iwe.

11 Isanduku y’Imana Abafilisiti barayinyaga, n’abahungu bombi ba Eli, Hofuni na Finehasi barahagwa.

Urupfu rw’umutambyi Eli

12 Uwo munsi umugabo w’Umubenyamini ava ku rugamba yiruka agera i Shilo, yari yashishimuye imyambaro ye kandi yisize umukungugu mu mutwe kubera agahinda.

13 Yahageze Eli yicaye ku ntebe ye ku muhanda aho yari ategerereje, kuko yari ahangayikishijwe n’Isanduku y’Imana. Uwo mugabo ahita atangaza iyo nkuru mbi, umujyi wose ucura imiborogo.

14 Eli yumvise iyo nduru arabaza ati: “Urwo rusaku ni urw’iki?” Wa mugabo yihutira kumenyesha Eli iyo nkuru.

15 Icyo gihe Eli yari amaze imyaka mirongo cyenda n’umunani avutse, yari atakibona.

16 Nuko uwo mugabo aramubwira ati: “Mvuye ku rugamba kandi naje mpunze.”

Eli aramubaza ati: “Mwana wanjye se, byagenze bite?”

17 Iyo mbitsi irasubiza iti: “Abisiraheli bakubiswe incuro n’Abafilisiti, kandi twatakaje ingabo nyinshi, ndetse n’abahungu bawe bombi Hofuni na Finehasi bapfuye, n’Isanduku y’Imana iranyagwa.”

18 Uwo mugabo yabaye akivuga Isanduku y’Imana, Eli ahanuka ku ntebe agwa agaramye imbere y’irembo, akuba ijosi arapfa, kuko yari ashaje cyane kandi yiremereye. Eli yari yarategetse Abisiraheli imyaka mirongo ine.

Urupfu rwa muka Finehasi

19 Umukazana wa Eli ari we muka Finehasi, yari atwite inda nkuru. Yumvise ko Isanduku y’Imana yanyazwe kandi ko sebukwe n’umugabo we bapfuye, afatwa n’ibise, arapfukama arabyara.

20 Kubera ko yendaga gupfa, abagore bamubyazaga baramubwira bati: “Humura! Dore ubyaye umuhungu!” Nyamara ntiyagira icyo abasubiza ndetse ntiyanabyitaho.

21 Ariko yita uwo mwana Ikabodiagira ati: “Hehe n’ikuzo mu Bisiraheli!” Yamwise atyo kubera ko Isanduku y’Imana yari yanyazwe, n’uko sebukwe n’umugabo we bari bapfuye.

22 Nuko asamba avuga ati: “Hehe n’ikuzo mu Bisiraheli, ko Isanduku y’Imana yanyazwe!”