Categories
Ivugururamategeko

Ivugururamategeko 8

Uhoraho yigishiriza Abisiraheli mu butayu

1 Mujye mwubahiriza amabwiriza yose mbashyikirije uyu munsi, kugira ngo mubeho mugwire, mwigarurire igihugu Uhoraho yarahiriye ba sokuruza.

2 Mwibuke uko Uhoraho Imana yanyu yabayoboye mu rugendo rwo mu butayu, iyi myaka mirongo ine yose. Kwari ukugira ngo abacishe bugufi, abagerageze kandi ngo amenye ko muzubahiriza amabwiriza ye.

3 Yabacishije bugufi arabareka murasonza, hanyuma abagaburira manu, bya byokurya mutari mwigeze mumenya, yaba mwe yaba ba sokuruza. Kwari ukugira ngo mumenye ko umuntu adatungwa n’ibyokurya gusa, ahubwo atungwa n’ijambo ryose Uhoraho avuga.

4 Muri iyo myaka mirongo ine imyambaro ntiyabasaziyeho, n’ibirenge byanyu ntibyigeze bibyimba.

5 Mumenye neza ko Uhoraho Imana yanyu yagiye abigisha, nk’uko umubyeyi yigisha umwana we.

6 Mujye mwubahiriza amabwiriza y’Uhoraho Imana yanyu, mugenze uko ashaka kandi mumutinye.

7 Azabajyana mu gihugu cyiza, kirimo imigezi n’amasōko, n’amariba bitembera mu bibaya no ku misozi.

8 Ni igihugu cyera ingano za nkungu n’iza bushoki, n’imizabibu n’imitini n’imikomamanga, n’amavuta y’iminzenze n’ubuki.

9 Ni igihugu kitazabamo inzara, muzahora mufite ibyokurya nta cyo muzabura. Ni igihugu gikize ku mabuye y’agaciro nk’ubutare n’umuringa.

10 Muzarya muhage, bitume mushimira Uhoraho Imana yanyu igihugu cyiza yabahaye.

Abisiraheli bagomba kwibuka ibyiza Uhoraho yabagiriye

11 Muzirinde kumwibagirwa kandi mujye mwubahiriza ibyemezo yafashe, n’amabwiriza n’amateka ye mbashyikirije uyu munsi.

12 Nimurya mugahaga mukubaka amazu meza mukayabamo,

13 amashyo yanyu n’imikumbi yanyu bikagwira, mukagira n’ubutunzi bw’ifeza n’izahabu n’ibindi byose,

14 muzirinde kwirata ngo mwibagirwe Uhoraho Imana yanyu. Mujye mwibuka ko ari we wabakuye mu Misiri aho mwari inkoreragahato,

15 akabacisha muri bwa butayu bunini buteye ubwoba, burimo indyanishamurizon’inzoka zifite ubumara, mukahabura n’amazi yo kunywa. Mujye mwibuka uko yabakuriye amazi mu rutare rukomeye,

16 akabagaburira manu, bya byokurya ba sokuruza batigeze bamenya. Yabacishije bugufi abagerageza atyo, kugira ngo nyuma muzamererwe neza.

17 Muzirinde kwibwira ko imbaraga zanyu n’ubushobozi bwanyu ari byo byabahesheje ubwo butunzi,

18 ahubwo muzajye mwibuka ko mubukesha Uhoraho Imana yanyu. Azaba abigiriye gusohoza Isezerano yarahiriye ba sokuruza, nk’uko yabitangiye.

19 Ariko ndabahamiriza ko nimwibagirwa Uhoraho Imana yanyu mukayoboka izindi mana mukazisenga, muzarimbuka

20 kimwe n’andi mahanga Uhoraho azarimbura. Azabarimburira ko muzaba mutamwumviye.

Categories
Ivugururamategeko

Ivugururamategeko 9

Ubutungane bw’Abisiraheli si bwo bwabahesheje igihugu

1 Bisiraheli, nimutege amatwi. Dore mugiye kwambuka uruzi rwa Yorodani, mwigarurire igihugu cy’amahanga abaruta ubwinshi kandi abarusha amaboko. Ni igihugu kirimo imijyi minini izengurutswe n’inkuta zigera ku ijuru.

2 Gituwemo n’abantu barebare kandi banini bakomoka kuri Anaki, muzi neza ko bavuga ko nta wahangara abo Banaki.

3 Ariko ndabahamiriza ko Uhoraho Imana yanyu azababanziriza kugerayo ameze nk’umuriro ukongora. Azarimbura abo Banaki ababatsindire mubazungure, muzabatsemba bidatinze nk’uko Uhoraho yababwiye.

4 Uhoraho Imana yanyu namara kwirukana ayo mahanga, ntimuzirate muti: “Ubutungane bwacu ni bwo bwatumye Uhoraho aduha kwigarurira iki gihugu.” Icyatumye yirukana ayo mahanga ni ubugome bwayo.

5 Ikizatuma mucyigarurira si uko muri intungane, si n’uko mufite imitima iboneye, ahubwo ni ubugome bw’ayo mahanga buzatuma Uhoraho Imana yanyu ayamenesha, kugira ngo asohoze icyo yarahiriye ba sokuruza, Aburahamu na Izaki na Yakobo.

6 Mumenye ko ikizatuma Uhoraho Imana yanyu abaha kwigarurira icyo gihugu cyiza atari ubutungane bwanyu, kuko muri ubwoko bw’ibyigomeke.

Ikimasa cy’izahabu

7 Ntimukibagirwe uko mwarakazaga Uhoraho Imana yanyu igihe cyose mwari mu butayu. Mwaramugomeye uhereye igihe mwaviriye mu Misiri kugeza aho mugereye aha.

8 No ku musozi wa Horebumwaramurakaje ashaka kubarimbura.

9 Nazamutse uwo musozi njya guhabwa ibisate by’amabuye byanditseho Amategeko, agenga Isezerano Uhoraho yagiranye namwe. Nahamaze iminsi mirongo ine n’amajoro mirongo ine, ntarya ntanywa.

10 Uhoraho ampa ibisate bibiri by’amabuye yanditseho Amategeko yose yari yababwiye ari mu muriro, cya gihe mwari mwakoraniye munsi w’uwo musozi. Yari yayandikishije urutoki rwe.

11 Nyuma y’iyo minsi mirongo ine n’amajoro mirongo ine, ni bwo Uhoraho yampaye ibyo bisate by’amabuye.

12 Uhoraho arambwira ati: “Gira vuba umanuke, kuko abantu bawe wakuye mu Misiri bacumuye bikomeye, ntibatinze guteshuka inzira nabategetse, biremera ikigirwamana.

13 Ndabona bariya bantu ari ibyigomeke,

14 reka mbarimbure be kuzongera kwibukwa ukundi, naho wowe nzakugira sekuruza w’ubwoko bubaruta ubwinshi bubarusha n’amaboko.”

15 Nuko mperako manuka uwo musozi wakaga umuriro, ntwaye mu maboko ibyo bisate byombi by’amabuye byanditseho Amategeko agenga Isezerano.

16 Nsanga mwaracumuye ku Uhoraho Imana yanyu, ntimwatinda guteshuka inzira yabategetse, mwicurira ishusho y’ikimasa.

17 Nuko ntura hasi bya bisate byombi, birajanjagurika mubyirebera.

18 Ibicumuro byanyu byose n’ibibi mwakoze byarakaje Uhoraho, maze nikubita hasi mara indi minsi mirongo ine n’amajoro mirongo ine ntarya ntanywa, nsenga Uhoraho.

19 Natinyaga ko yabarimbura kubera uburakari n’umujinya mwamuteye, ariko Uhoraho yongera kumva gusenga kwanjye.

20 Nasengeye na Aroni kuko Uhoraho yari yamurakariye cyane agashaka kumwica.

21 Mfata iyo shusho y’ikimasa mwaremye kubera icyaha, ndayitwika ndayijanjagura, ndayisya ihinduka ifu, iyo fu nyijugunya mu kagezi kamanuka kuri wa musozi.

22 Mwanarakarije Uhoraho i Tabera n’i Masa n’i Kiburoti-Hatāva.

23 Ndetse n’igihe mwari i Kadeshi-Barineya, Uhoraho Imana yanyu akabohereza kwigarurira igihugu yabahaye, mwaramugomeye ntimwamugirira icyizere ngo mumwumvire.

24 Kuva nabamenya nta gihe mutagomeye Uhoraho.

25 Igihe Uhoraho yari agiye kubarimbura nkamwikubita imbere nkamara iminsi mirongo ine n’amajoro mirongo ine nsenga,

26 naramutakambiye nti: “Nyagasani Uhoraho, nturimbure ubwoko bwawe kuko ari umwihariko wawe wacunguye ku buryo butangaje, ukabakuza mu Misiri ububasha bukomeye.

27 Ibuka abagaragu bawe Aburahamu na Izaki na Yakobo, wirengagize kutava ku izima kw’Abisiraheli, n’ubugome bwabo n’ibyaha byabo.

28 Wituma Abanyamisiri bibwira ko wananiwe kugeza Abisiraheli mu gihugu wabasezeranyije, cyangwa ko ubanga ukaba warabazaniye kubicira mu butayu.

29 Koko rero, ni ubwoko bwawe bw’umwihariko wakuje mu Misiri imbaraga nyinshi n’ububasha bukomeye!”

Categories
Ivugururamategeko

Ivugururamategeko 10

Uhoraho yongera guha Musa ibisate byanditseho amategeko

1 Uhoraho arambwira ati: “Ubāze ibisate bibiri by’amabuye bimeze nk’ibya mbere, ubāze n’Isanduku mu mbaho, nurangiza uzazamuke unsange kuri uyu musozi.

2 Nzandika kuri ibyo bisate amagambo yari ku bya mbere wamennye, maze ubishyire muri iyo Sanduku.”

3 Nuko mbāza Isanduku mu mbaho z’iminyinya, mbāza n’ibisate bibiri by’amabuye bimeze nk’ibya mbere, maze nzamuka uwo musozi njyanye ibyo bisate.

4 Uhoraho abyandikaho amagambo yari yanditse ku bya mbere ari yo Mategeko icumi yari yababwiye ari mu muriro, cya gihe mwari mwakoraniye munsi y’uwo musozi. Uhoraho arabimpa,

5 ndamanuka mbishyira mu Isanduku nabāje nk’uko Uhoraho yabintegetse. Na n’ubu biracyarimo.

6 Hashize igihe kirekire Abisiraheli bavuye ku mariba y’i Bene-Yākani bagera i Mosera, Aroni arapfa barahamuhamba. Umuhungu we Eleyazari amusimbura ku murimo w’ubutambyi.

7 Bahavuye bajya i Gudigoda, barakomeza bagera i Yotibata mu karere k’utugezi twinshi.

8 Tukiri ku musozi wa Horebu, Uhoraho atoranya ab’umuryango wa Levi ngo bajye bamuhekera Isanduku y’Isezerano, bamukorere n’umurimo w’ubutambyi, basabire n’abantu umugisha. Iyo mirimo n’ubu baracyayikora.

9 Ngicyo igituma Abalevi batagira umugabane na gakondo kimwe n’abandi Bisiraheli. Uhoraho Imana yanyu ni we mugabane wabo nk’uko yabibabwiye.

10 Muri ya minsi mirongo ine n’amajoro mirongo ine namaze kuri wa musozi ubwa kabiri, Uhoraho yongeye kumva gusenga kwanjye ntiyabarimbura.

11 Nuko arambwira ati: “Haguruka ugende, uyobore Abisiraheli bajye kwigarurira igihugu narahiriye ba sekuruza.”

Ibyo Imana ishaka ku bantu bayo

12 Noneho Bisiraheli, ni iki Uhoraho Imana yanyu abashakaho? Ni ukumwubaha no kugenza uko ashaka, no kumukunda no kumukorera n’umutima wanyu wose n’ubushobozi bwanyu bwose,

13 no kubahiriza amabwiriza n’amateka ye mbashyikirije uyu munsi, kugira ngo mugubwe neza.

14 Uhoraho Imana yanyu ni we nyir’ikirere, n’ijuru n’isi n’ibiyirimo byose.

15 Nyamara yatonesheje ba sokuruza arabakunda, namwe ababakomotseho abatoranya mu mahanga yose, nk’uko bimeze na n’ubu.

16 Mwiyegurire Uhoraho burundu, mureke kwigomeka.

17 Uhoraho Imana yanyu ni Imana irusha izindi zose gukomera, ni Umwami ugenga abami bose, ni Imana ikomeye y’imbaraga nyinshi ifite igitinyiro. Ifata abantu bose kimwe kandi ntigurirwa.

18 Irenganura impfubyi n’abapfakazi, ikunda n’abatari mu gihugu cyabo ikabatunga kandi ikabambika.

19 Namwe rero mujye mukunda abanyamahanga batuye muri mwe, kuko namwe mwahoze muri abanyamahanga mu Misiri.

20 Mujye mwubaha Uhoraho Imana yanyu, mumuyoboke mubane na we akaramata, abe ari we wenyine murahira.

21 Mujye mumusingiza wenyine, kuko ari we Mana yanyu, kandi mwiboneye ibitangaza biteye ubwoba yabakoreye.

22 Ba sokuruza basuhukiye mu Misiri ari abantu mirongo irindwi gusa, ariko Uhoraho Imana yanyu yarabagwije, none muranganya ubwinshi n’inyenyeri zo ku ijuru.

Categories
Ivugururamategeko

Ivugururamategeko 11

Ibitangaza Uhoraho yakoreye Abisiraheli

1 Mujye mukunda Uhoraho Imana yanyu, muhore mwumvira ibyo abategeka, mwubahirize amabwiriza n’amateka ye n’ibyemezo yafashe.

2 Uyu munsi nimwibuke ibitangaza yabakoreye, ibyo n’abana banyu batigeze babona. Mwiboneye uko Uhoraho Imana yanyu yabacyashye, mubona no gukomera kwe, n’ububasha bwe bukomeye n’imbaraga ze nyinshi.

3 Mwabonye ibitangaza yakoreye mu Misiri, n’uko yagenje umwami wa Misiri n’igihugu cye cyose.

4 Mwabonye uko yatsembye ingabo z’Abanyamisiri ubwo zabakurikiraga mu Nyanja y’Uruseke. Yazirengejeho amazi, azitsembana n’amafarasi yazo n’amagare y’intambara, ntizongera kubyutsa umutwe ukundi.

5 Mwabonye namwe ibyo yabakoreye mu butayu kugeza ubwo mwageze aha,

6 mutibagiwe n’uko yagenje ba Barubeni, Datani na Abiramu bene Eliyabu mu nkambi y’Abisiraheli. Ubutaka bwasadukiye munsi yabo, bubamirana n’ababo n’amahema yabo, kimwe n’abari babashyigikiye bose.

7 Mwiboneye ibyo bitangaza byose Uhoraho yakoze.

Ikizatuma Abisiraheli bahabwa umugisha muri Kanāni

8 Mujye mwubahiriza amabwiriza yose mbashyikirije uyu munsi, mubone gukomera mwambuke Yorodani mwigarurire kiriya gihugu.

9 Ni byo bizatuma muramba mu gihugu gitemba amata n’ubuki, Uhoraho yarahiye ko azaha ba sokuruza n’urubyaro rwabo.

10 Icyo gihugu mugiye kwigarurira gitandukanye n’icyo mwavuyemo. Mu Misiri mwarushywaga no kuvomera imbuto nk’abuhira akarima k’imboga.

11 Ariko igihugu mugiye kwigarurira ni igihugu cy’imisozi n’ibikombe, kigwamo imvura.

12 Uhoraho Imana yanyu acyitaho, kandi ahora agihanze amaso kuva mu ntangiriro z’umwaka kugeza mu iherezo ryawo.

13 Nimugira umwete wo kubahiriza amabwiriza mbashyikirije uyu munsi, mugakunda Uhoraho Imana yanyu, mukamukorera n’umutima wanyu wose n’ubushobozi bwanyu bwose,

14 azabaha imvura y’umuhindo n’iy’itumba mu gihe gikwiriye. Bityo muzabona umusaruro w’ingano n’uwa divayi n’uw’amavuta y’iminzenze,

15 n’amatungo yanyu abone inzuri zitoshye. Muzarya muhāge.

16 Mwirinde kuyoba ngo muyoboke izindi mana muzisenge,

17 byarakaza Uhoraho akabuza imvura kugwa, ubutaka ntibwere maze mukarimbuka, mugashira vuba muri icyo gihugu cyiza agiye kubaha.

18 Mujye muzirikana amagambo mbashyikirije muyahozeho umutima, mujye muyambara ku kuboko no mu ruhanga kugira ngo mutayibagirwa.

19 Mujye muyigisha abana banyu, muyavuge muri imuhira n’igihe muri mu rugendo, muyavuge mugiye kuryama n’igihe mubyutse.

20 Muzayandike ku bizingiti by’amazu no ku bikingi by’amarembo.

21 Bityo mwebwe n’abana banyu muzaramba mu gihugu Uhoraho yasezeraniye ba sokuruza, muzahaguma ibihe byose muture nk’umusozi.

22 Mujye mwubahiriza amabwiriza mbashyikirije muyashyire mu bikorwa, mukunde Uhoraho Imana yanyu mugenze uko ashaka, mubane na we akaramata.

23 Nimugenza mutyo, Uhoraho azirukana amahanga abaruta ubwinshi kandi abarusha imbaraga, mwigarurire igihugu cyayo.

24 Aho muzakoza ikirenge hose hazaba ahanyu, uhereye ku butayu mu majyepfo ukageza ku bisi bya Libani mu majyaruguru, no guhera ku ruzi rwa Efurati mu burasirazuba, ukageza ku Nyanja ya Mediterane mu burengerazuba.

25 Nta wuzabakoma imbere aho muzajya hose, kuko Uhoraho Imana yanyu azateza ubwoba abatuye icyo gihugu babatinye, nk’uko yabibasezeranyije.

26 Uyu munsi nimuhitemo guhabwa umugisha cyangwa kuvumwa.

27 Nimwubahiriza amabwiriza y’Uhoraho Imana yanyu mbashyikirije uyu munsi, azabaha umugisha.

28 Ariko nimutayubahiriza ntimugenze nk’uko mbabwiye uyu munsi, mukayoboka izindi mana mutigeze mumenya, azabavuma.

29 Uhoraho Imana yanyu namara kubageza mu gihugu mukacyigarurira, muzatangarize ku musozi wa Gerizimu imigisha iterwa no kumwumvira, naho ku musozi wa Ebalimuhatangarize imivumo iterwa no kutamwumvira.

30 Iyo misozi iri iburengerazuba bwa Yorodani hafi y’ibiti by’inganzamarumbu bya More, uzamutse ahateganye n’i Gilugali, ukambukiranya umuhanda uri mu kibaya cya Yorodani gituwe n’Abanyakanāni.

31 Mugiye kwambuka Yorodani mwigarurire igihugu Uhoraho Imana yanyu agiye kubaha. Nimumara kucyigarurira mukagituramo,

32 muzajye mwitondera amateka yose Uhoraho yatanze n’ibyemezo yafashe mbashyikirije uyu munsi.

Categories
Ivugururamategeko

Ivugururamategeko 12

Uhoraho azitoranyiriza aho kumusengera

1 Aya ni yo mateka n’ibyemezo Uhoraho yafashe, muzajya mwubahiriza igihe cyose muzaba muri mu gihugu Uhoraho Imana ya ba sokuruza yabahaye kwigarurira.

2 Nimumara kwirukana abagituyemo, muzasenye ahantu hose basengera imana zabo, haba ku misozi miremire cyangwa migufi cyangwa munsi y’ibiti bitoshye.

3 Muzasenye intambiro zabo, mumenagure inkingi z’amabuye basenga, mutwike n’amashusho y’ikigirwamanakazi Ashera, mutemagure n’amashusho y’izindi mana basenga, maze amazina yazo yibagirane burundu.

4 Ntimuzasenge Uhoraho Imana yanyu nk’uko basenga imana zabo.

5 Ahubwo Uhoraho Imana yanyu azitoranyiriza aho azaba, aho ni ho ab’imiryango yanyu yose bazajya bamusengera.

6 Ni na ho muzajya mutambira ibitambo bikongorwa n’umuriro n’ibindi bitambo, muhajyane na kimwe cya cumi n’amaturo yo guhigura umuhigo n’ay’ubushake, n’uburiza bw’amatungo yanyu n’andi maturo.

7 Ni ho muzahurira n’Uhoraho Imana yanyu mwebwe n’abanyu, muhasangirire ibyo mwaruhiye, mwishimira ko Uhoraho yabahaye umugisha

8 Ntimuzakore nk’uko dukorera ino muri iki gihe, aho umuntu wese akora uko abyumva,

9 kuko mutaragera mu gihugu cya gakondo aho Uhoraho Imana yanyu yabageneye kuruhukira.

10 Ariko nimwambuka Yorodani mugatura muri icyo gihugu, Uhoraho Imana yanyu azabarinda abanzi banyu muhana imbibi, mubeho mu mahoro.

11 Ibyo bizatuma mubasha kujya ahantu Uhoraho Imana yanyu azitoranyiriza ngo ahabe, mumuramye nk’uko nabategetse, mumutambire ibitambo bikongorwa n’umuriro n’ibindi bitambo, muhajyane na kimwe cya cumi n’amaturo n’ibintu byiza muzaba mwahigiye gutura Uhoraho.

12 Muzahamushimire muri kumwe n’abahungu banyu n’abakobwa banyu, n’abagaragu banyu n’abaja banyu, muzajyane n’Abalevi bazaba batuye muri mwe kuko batazagira umunani bavanamo umusaruro nkamwe.

13 Ntimuzatambire ibitambo bikongorwa n’umuriro aho mubonye hose.

14 Mujye mubitambira aho Uhoraho azitoranyiriza mu ntara y’umwe wo mu miryango yanyu, mube ari ho mukorera ibyo mbategetse byose.

15 Nyamara nimushaka kurya inyama, muzaba mwemerewe kubagira itungo aho mutuye, mukurikije uko Uhoraho Imana yanyu yabahaye gutunga. Abantu bose bazashobora kuziryaho baba bahumanye cyangwa badahumanye, nk’uko barya inyama z’umuhīgo zidahumanye.

16 Icyakora ntimukarye inyama zirimo amaraso, mujye mubanza muyavushirize hasi.

17 Ariko ntimuzemererwa kurira aho mutuye kuri kimwe cya cumi cy’ingano, n’icya divayi n’icy’amavuta y’iminzenze, cyangwa uburiza bw’amatungo n’amaturo yo guhigura umuhigo, n’ay’ubushake n’andi maturo yose.

18 Muzabirire aho Uhoraho Imana yanyu azitoranyiriza, muri kumwe n’abahungu banyu n’abakobwa banyu, n’abagaragu banyu n’abaja banyu, n’Abalevi batuye muri mwe. Muzahasangirire ibyo mwaruhiye, mushimira Uhoraho Imana yanyu.

19 Muzajye muzirikana Abalevi igihe cyose muzaba muri mu gihugu cyanyu.

20 Uhoraho Imana yanyu nabaha kwagura igihugu cyanyu nk’uko yabibasezeranyije, namwe mukumva mushaka kurya inyama, mujye muzirya uko mushaka.

21 Nimuzaba mutuye kure y’aho Uhoraho Imana yanyu azaba yitoranyirije ngo ahabe, muzaba mwemerewe kubaga itungo mu yo yabahaye. Inyama zaryo mujye muzirira iwanyu uko mushaka nk’uko nabategetse.

22 Abantu bose bazashobora kuziryaho baba bahumanye cyangwa badahumanye, nk’uko barya inyama z’umuhīgo zidahumanye.

23 Icyakora ntimukarye inyama zirimo amaraso, kuko amaraso agendana n’ubugingo.

24 Mujye mubanza muyavushirize hasi.

25 Mwebwe n’abazabakomokaho mujye mwumvira Uhoraho mureke kurya amaraso cyangwa kuyanywa, kugira ngo mugubwe neza.

26 Amaturo mwegurira Uhoraho n’ayo guhigura umuhigo, muzajye muyajyana aho Uhoraho azitoranyiriza.

27 Muzabe ari ho mutambira ibitambo bikongorwa n’umuriro, kimwe n’ibitambo mwemererwa kuryaho, naho amaraso yabyo muyaminjagire ku mpande z’urutambiro rw’Uhoraho Imana yanyu.

28 Mwebwe n’abazabakomokaho mujye mwumvira ibyo nabategetse byose, ni bwo muzagubwa neza ibihe byose, kuko muzaba mukoze ibyiza bitunganiye Uhoraho Imana yanyu.

Kwirinda kuyoboka ibigirwamana

29 Uhoraho Imana yanyu azatsemba amahanga y’igihugu mugiye kwigarurira, maze mugituremo.

30 Namara kuyatsemba muzirinde kugwa mu mutego wo kuyoboka ibigirwamana byayo. Ntimugashishikazwe no kumenya uko ayo mahanga abisenga kugira ngo muyakurikize.

31 Ntimugasenge Uhoraho Imana yanyu nk’uko abo muri ayo mahanga basenga ibigirwamana byabo, kuko babitwikira abahungu babo n’abakobwa babo ho ibitambo, bagakora n’ibindi bizira Uhoraho yanga urunuka.

32 Mujye mukurikiza ibyo mbategeka byose, ntimukagire icyo mubyongeraho cyangwa mubigabanyaho.

Categories
Ivugururamategeko

Ivugururamategeko 13

1 Birashoboka ko muri mwe haboneka umuhanuzi cyangwa ubonekerwa mu nzozi, akababwira ko hazabaho igitangaza runaka,

2 cyo kubemeza kuyoboka izindi mana mutigeze kumenya. Nubwo icyo gitangaza cyabaho,

3 ntikigatume mugenza nk’uko yababwiye. Uhoraho Imana yanyu azaba abagerageza, kugira ngo arebe ko mumukunda n’umutima wanyu wose n’ubushobozi bwanyu bwose.

4 Mujye muyoboka Uhoraho Imana yanyu mumwubahe, mwubahirize amabwiriza ye, mumwumvire mumukorere, mubane na we akaramata.

5 Naho uwo muhanuzi cyangwa uwo muntu ubonekerwa mu nzozi, muzamwice mumuziza ko azaba ababwirije kugomera Uhoraho Imana yanyu, wabacunguye akabakura mu Misiri aho mwari inkoreragahato. Muzice uwo muntu washakaga gutuma mutagenza nk’uko Uhoraho Imana yanyu yabategetse. Bityo muzakure ikibi muri mwe.

6 Birashoboka ko umuvandimwe wawe cyangwa umuhungu wawe, cyangwa umukobwa wawe, cyangwa umugore upfumbase, cyangwa incuti yawe magara, yakoshya rwihishwa gusenga izindi mana, wowe na ba sokuruza mutigeze kumenya.

7 Zishobora kuba iz’amahanga muhana imbibi, cyangwa iz’andi mahanga yose yo ku isi.

8 Ntukemerere uwo muntu ko akoshya, ntukamutege amatwi, ntukamugirire impuhwe, ntukamubabarire kandi ntukamurengere.

9 Ntihakagire ikikubuza kumwica. Ujye uba ari wowe ubanza kumutera ibuye, maze abandi bantu bose bakurikireho.

10 Muzamwicishe amabuye kuko azaba yabashutse kugira ngo mwimūre Uhoraho Imana yanyu, wabakuye mu Misiri aho mwari inkoreragahato.

11 Abisiraheli bose bazumva ko mwamwishe batinye, he kuzagira undi ucumura nk’uwo muntu.

12 Birashoboka ko mwazumva amakuru aturutse muri umwe mu mijyi Uhoraho Imana yanyu azabaha guturamo, avuga ko

13 hari abantu b’ibyohe bo mu Bisiraheli, bashuka abo mu mujyi wabo kugira ngo bajye gukorera izindi mana mutigeze kumenya.

14 Nimwumva impuha nk’izo muzabikurikirane, mubibaririze mubigenzure mwitonze. Nimusanga bifite ishingiro ko icyo kizira kizaba cyakozwe koko,

15 ntihakagire ikibabuza kumarira ku icumu ab’uwo mujyi bose n’amatungo yabo. Muzatsembe uwo mujyi n’ibiwurimo byose.

16 Ibyo ab’uwo mujyi batunze byose muzabiteranyirize hamwe ku karubanda, mubitwikane n’uwo mujyi wose bibe nk’igitambo gitwikiwe Uhoraho Imana yanyu. Uwo mujyi ntuzongere kubakwa, uzahore ari amatongo iteka.

17 Ntimuzagire ibyo mwisahurira mu bikwiriye gutwikwa, ni bwo Uhoraho azashira uburakari, abagirire impuhwe n’imbabazi kandi abagwize nk’uko yarahiriye ba sokuruza.

18 Mujye mwumvira Uhoraho Imana yanyu, mwubahirize amabwiriza ye yose mbashyikirije uyu munsi, mukore ibimutunganiye.

Categories
Ivugururamategeko

Ivugururamategeko 14

Imigenzo ibuzanyijwe igihe abantu bapfushije

1 Muri abana b’Uhoraho Imana yanyu, none rero igihe mwapfushije ntimukagaragaze umubabaro mwicisha indasago, cyangwa mwiyogoshesha imisatsi yo mu gahanga.

2 Muri ubwoko Uhoraho Imana yanyu yitoranyirije. Yabahisemo mu yandi mahanga yose yo ku isi, kugira ngo mumubere ubwoko bw’umwihariko.

Inyama Abisiraheli bashobora kurya

3 Ntimukarye ikintu cyose kizira.

4 Mu matungo n’inyamaswa, mushobora kurya inka n’intama n’ihene,

5 n’impara n’isirabo n’indonyi, n’inyemera n’impongo n’ifumbēri n’ingeragere.

6 Mushobora kurya ibyūza kandi bifite inzara z’ibinono zigabanyijemo kabiri.

7 Ariko ingamiya n’urukwavu n’impereryi nubwo byūza ntimukabirye, kuko bidafite inzara z’ibinono zigabanyijemo kabiri. Kuri mwe birahumanye.

8 Ingurube na yo nubwo ifite inzara z’ibinono zigabanyijemo kabiri, ntimukayirye kuko itūza. Kuri mwe irahumanye. Ntimukarye ku nyama zabyo cyangwa ngo mukore ku ntumbi zabyo.

9 Mu biba mu mazi, mushobora kurya amafi yose afite amababa n’isharankima,

10 ariko ntimukarye ibidafite amababa n’isharankima. Kuri mwe birahumanye.

11 Mushobora kurya ibisiga n’inyoni bidahumanye byose,

12 ariko ntimukarye kagoma n’icyanira n’itanangabo,

13 na sakabaka n’icyarūzi, n’inkongoro uko amoko yayo ari,

14 n’amoko yose y’ibikōna,

15 na mbuni na nyirabarazana, n’inkoko y’amazi n’agaca uko amoko yako ari,

16 n’igihunyira gito n’igihunyira kinini, n’igihunyira cy’amatwi,

17 n’uruyongoyongo n’ikizu n’inzoya,

18 n’umusambi n’igishondabagabo uko amoko yacyo ari, na samusure n’agacurama.

19 Ntimukarye udusimba twose tuguruka duhumanye,

20 ariko mushobora kurya utudahumanye twose.

21 Muri ubwoko Uhoraho Imana yanyu yiyeguriye, ntimukarye inyama z’icyipfushije. Mushobora kuziha abanyamahanga batuye muri mwe cyangwa mukazibagurisha bakazirira.

Ntimugatekeshe umwana w’ihene amahenehene ya nyina.

Amabwiriza yerekeye kimwe cya cumi

22 Buri mwaka mujye mukura ku musaruro wanyu kimwe cya cumi.

23 Muzajye aho Uhoraho Imana yanyu azitoranyiriza kugira ngo ahabe, muharire kuri kimwe cya cumi cy’ingano n’icya divayi, n’icy’amavuta y’iminzenze n’uburiza bw’amatungo yanyu. Ibyo bizabigisha guhora mwubaha Uhoraho Imana yanyu.

24 Birashoboka ko muzaba mutuye kure y’aho hantu Uhoraho Imana yanyu azaba yaritoranyirije, ku buryo mudashobora kujyanayo kimwe cya cumi cy’umusaruro utubutse yabahaye.

25 Icyo gihe muzagurishe icyo kimwe cya cumi, ikiguzi mube ari cyo mujyanayo.

26 Nimugerayo muzagure icyo mushaka cyose, yaba inka cyangwa intama cyangwa ihene, cyangwa divayi cyangwa indi nzoga, cyangwa ikindi cyose mwifuza. Muzabihasangirire n’abo mu ngo zanyu mwishimye.

27 Muzazirikane n’Abalevi bazaba batuye muri mwe, kuko batazagira umunani bavanamo umusaruro nkamwe.

28 Icyakora uko imyaka itatu ishize, mujye mubika kimwe cya cumi cy’umusaruro w’uwo mwaka mu mijyi muzaba mutuyemo.

29 Bizatunge Abalevi kuko batagira umunani, bitunge n’abanyamahanga n’impfubyi n’abapfakazi batuye muri mwe. Bazarye bahage, namwe Uhoraho Imana yanyu abahere umugisha mu byo mukora byose.

Categories
Ivugururamategeko

Ivugururamategeko 15

Umwaka wo guharira abandi imyenda

1 Uko imyaka irindwi ishize, abo mwagurije muzajye mubarekera imyenda babarimo.

2 Dore uko bizagenda: bazatangaza ko uwo mwaka ari uwo guharira abandi imyenda nk’uko Uhoraho yabivuze. Uwagize icyo aguriza mugenzi we cyangwa mwene wabo w’Umwisiraheli, ajye akimurekera ye kugira icyo amwishyuza.

3 Mwemererwa kwishyuza abanyamahanga, ariko bene wanyu ntimukabishyuze.

4 Nimumara kwigarurira igihugu Uhoraho Imana yanyu azabaha ho gakondo, ntihazagire umukene uba muri mwe. Uhoraho azabaha umugisha,

5 nimumwumvira mukubahiriza amabwiriza yose mbashyikirije uyu munsi.

6 Uhoraho Imana yanyu azabaha umugisha nk’uko yabibasezeranyije. Muzaguriza amahanga menshi, ariko mwe ntimuzayaka inguzanyo. Muzategeka amahanga menshi, ariko yo ntazabategeka.

7 Nimumara gutura mu gihugu Uhoraho Imana yanyu azabaha hakagira umwe muri mwe ukena, ntimuzanangire umutima ngo mumwime.

8 Muzamugirire ubuntu mumugurize ibyo akeneye.

9 Nimubona umwaka wa karindwi wo guharira abantu imyenda wegereje, ntimukabyitwaze ngo mwange kumuguriza. Icyo gitekerezo kibi cyatuma aganyira Uhoraho ibyo mwamugiriye, bikababera icyaha.

10 Ntimukabure kumuha kandi mujye mumuha mutitangiriye itama, bizatuma Uhoraho Imana yanyu abahera umugisha mu byo mukora byose.

11 Nta gihe hazabura abakene mu gihugu cyanyu, ni cyo gitumye mbategeka kugirira ubuntu mwene wanyu w’imbabare cyangwa w’umukene.

Amabwiriza yerekeye inkoreragahato z’Abaheburayi

12 Nugura mwene wanyu w’Umuheburayi cyangwa w’Umuheburayikazi kugira ngo akubere inkoreragahato, azagukorere imyaka itandatu, mu wa karindwi umureke yigendere yigenge.

13 Kandi ntuzamusezerere amara masa,

14 ahubwo uzamuhe ku byo Uhoraho yakugabiye: amatungo n’imyaka na divayi.

15 Mujye mwibuka ko namwe mwari inkoreragahato mu Misiri, Uhoraho Imana yanyu akabacungura. Ni cyo gitumye mbaha iri tegeko uyu munsi.

16 Ariko uwo waguze niyanga kugenda kubera ko agukunda wowe n’umuryango wawe akaba amerewe neza iwawe,

17 uzamuhagarike ku rugi umupfumuze ugutwi uruhindu, maze azagukorere iminsi yose y’ukubaho kwe, yaba umugabo cyangwa umugore uzamugenze utyo.

18 Nureka inkoreragahato ikigendera ikigenga ntukabyinubire. Ujye uzirikana ko yagukoreye imyaka itandatu, kandi ko yari igufitiye akamaro kenshi kuruta umukozi usanzwe. Nugenza utyo, Uhoraho Imana yawe azaguhera umugisha mu byo ukora byose.

Amabwiriza yerekeye amatungo y’uburiza

19 Mujye mwegurira Uhoraho Imana yanyu uburiza bwose bw’igitsinagabo bw’amatungo yanyu. Ntimugakoreshe ikimasa cy’uburiza imirimo, kandi ntimugakemure isekurume y’uburiza.

20 Buri mwaka mwebwe n’abo mu ngo zanyu, mujye mujyana ayo matungo y’uburiza aho Uhoraho Imana yanyu azitoranyiriza, muyaharīre.

21 Muri ayo matungo nihaboneka iricumbagira cyangwa irihumye cyangwa irifite indi nenge yose, ntimuzaritambire Uhoraho Imana yanyu.

22 Bene ayo matungo mushobora kuyarira aho mutuye. Abantu bose bazashobora kuyaryaho baba bahumanye cyangwa badahumanye, nk’uko barya inyama z’umuhīgo zidahumanye.

23 Icyakora ntimukarye inyama zirimo amaraso, mujye mubanza muyavushirize hasi.

Categories
Ivugururamategeko

Ivugururamategeko 16

Pasika n’iminsi mikuru y’imigati idasembuye

1 Mu kwezi kwa Abibumujye mwizihiriza Uhoraho Imana yanyu Pasika, kuko muri uko kwezi ari bwo yabavanye mu Misiri nijoro.

2 Muzajye aho Uhoraho Imana yanyu azitoranyiriza ngo ahabe, mumutambire igitambo cya Pasika kivanywe mu mikumbi cyangwa mu mashyo.

3 Ntimukarishe inyama zacyo imigati isembuye. Muzamare iminsi irindwi murya imigati idasembuye, yo kwibutsa umubabaro mwari mufite igihe mwavaga mu Misiri hutihuti. Ibyo bizahora bibibutsa uko mwavuye mu Misiri.

4 Muri iyo minsi irindwi muzakure umusemburo mu gihugu cyanyu cyose, kandi ntimukagire inyama z’igitambo cya Pasika muraza.

5 Ntimuzatambire igitambo cya Pasika ahabonetse hose mu gihugu Uhoraho Imana yanyu azabaha guturamo,

6 ahubwo muzajye aho Uhoraho Imana yanyu azitoranyiriza kugira ngo ahabe, muhatambire igitambo cya Pasika nimugoroba izuba rirenze, ku itariki mwaviriyeho mu Misiri.

7 Muzotse inyama zacyo muzirire aho hantu, nibucya musubire mu mahema yanyu.

8 Muzamare iminsi itandatu murya imigati idasembuye, ku wa karindwi mukoranire gusenga Uhoraho Imana yanyu, mwe kugira imirimo mukora.

Umunsi mukuru w’isarura ry’ibinyampeke

9 Uhereye ku munsi wa mbere muzasaruraho ingano, muzabare ibyumweru birindwi,

10 maze mujye kwizihiriza Uhoraho Imana yanyu umunsi mukuru w’isarura ry’ibinyampeke. Muzajyane amaturo y’ubushake mukurikije umusaruro Uhoraho Imana yanyu yabahaye.

11 Muzayizihirize aho Uhoraho Imana yanyu azitoranyiriza kugira ngo ahabe, mwishimane n’abahungu banyu n’abakobwa banyu, n’abagaragu banyu n’abaja banyu, n’Abalevi batuye muri mwe, n’abanyamahanga n’impfubyi n’abapfakazi muturanye.

12 Muzajye mwibuka ko mwari inkoreragahato mu Misiri, mukurikize ayo mateka Uhoraho yatanze.

Iminsi mikuru y’ingando

13 Nimumara guhunika imyaka no kwenga imizabibu, muzajye mwizihiza iminsi mikuru y’ingando mumare iminsi irindwi,

14 mwishimane n’abahungu banyu n’abakobwa banyu, n’abagaragu banyu n’abaja banyu, n’Abalevi n’abanyamahanga, n’impfubyi n’abapfakazi batuye muri mwe.

15 Muzajye aho Uhoraho Imana yanyu azitoranyiriza muhamare iyo minsi irindwi, mwishimira ko azaba yabahaye imisaruro myiza n’umugisha mu byo mukora byose.

16 Uko umwaka utashye, Abisiraheli bose b’igitsinagabo bazajye bakora ingendo eshatu zo kujya kuramya Uhoraho Imana yanyu aho azitoranyiriza. Bazahizihirize iminsi mikuru y’imigati idasembuye, n’uw’isarura ry’ibinyampeke, n’iy’ingando. Ntihakagire ujya kuramya Uhoraho nta turo ajyanye.

17 Mujye muzana amaturo mukurikije imisaruro Uhoraho Imana yanyu yabahaye.

Amabwiriza yerekeye abacamanza

18 Mu mijyi yose Uhoraho Imana yanyu azabaha, muzashyireho abacamanza n’abandi bashinzwe kubahiriza amategeko mu miryango yanyu. Bazajye baca imanza zitabera.

19 Ntimukagoreke imanza, abantu bose mujye mubafata kimwe. Ntimukarye ruswa kuko ihuma amaso y’abanyabwenge, kandi ikagoreka abantu b’intabera.

20 Mujye muharanira ubutabera, kugira ngo mubeho kandi mwigarurire igihugu Uhoraho Imana yanyu azabaha.

Amabwiriza yerekeye ibizira

21 Ntimukiremere ishusho ry’ikigirwamanakazi Ashera ribajwe mu giti, kugira ngo murishinge iruhande rw’urutambiro muzaba mwubakiye Uhoraho Imana yanyu.

22 Ntimugashinge inkingi z’amabuye asengwa, kuko Uhoraho Imana yanyu azanga.

Categories
Ivugururamategeko

Ivugururamategeko 17

1 Ntimugatambire Uhoraho Imana yanyu itungo rifite inenge cyangwa ubundi busembwa bwose, kuko byaba ari ikizira kuri we.

2 Birashoboka ko muri umwe mu mijyi Uhoraho Imana yanyu azabaha, hazaboneka umugabo cyangwa umugore umucumuraho akica Isezerano yagiranye natwe,

3 ntakurikize ibyo nabategetse ahubwo akayoboka izindi mana akaziramya, cyangwa akaramya izuba cyangwa ukwezi, cyangwa inyenyeri.

4 Nimwumva bene ibyo bivugwa muzabigenzure mwitonze. Nimusanga bifite ishingiro ko icyo kizira kizaba cyakozwe muri Isiraheli koko,

5 muzajyane uwagikoze inyuma y’umujyi mumwicishe amabuye.

6 Muzamwice nashinjwa n’abagabo babiri cyangwa barenzeho, ariko nashinjwa n’umuntu umwe gusa ntimuzagire icyo mumutwara.

7 Abamushinje bajye babanza kumutera amabuye, abandi bose bakurikireho. Bityo muzakure ikibi muri mwe.

Amabwiriza yerekeye imanza zikomeye

8 Nihaboneka urubanza rubananira mu nkiko zo mu mijyi yanyu, rwaba urw’ubwicanyi cyangwa urw’amahugu cyangwa urw’uruguma, muzarujyane aho Uhoraho Imana yanyu azaba yaritoranyirije.

9 Muzarushyikirize Abalevi b’abatambyi n’umuntu uzaba ashinzwe ubucamanza muri icyo gihe, barukemure.

10 Ibyemezo bizafatirwa ahantu Uhoraho azaba yaritoranyirije, muzabe ari byo mukurikiza.

11 Bazabasobanurira amategeko bifashishije bakemura urwo rubanza, namwe muzayakurikize mudateshuka.

12 Nihagira uwinangira akanga kumvira umutambyi ukorera Uhoraho Imana yanyu aho hantu, cyangwa ntiyumvire umucamanza, azicwe. Bityo muzakure ikibi muri Isiraheli.

13 Abantu nibabyumva bazatinya he kugira abandi bacumura batyo.

Amabwiriza yerekeye umwami

14 Nimumara kwigarurira igihugu Uhoraho Imana yanyu azabaha mukagituramo, muzibwira ko mukeneye umwami kimwe n’andi mahanga muhana imbibi.

15 Icyo gihe muzimike uwo Uhoraho Imana yanyu azitoranyiriza. Agomba kuba uwo mu bwoko bwanyu, ntimuzimike umunyamahanga.

16 Umwami ntazashake kugwiza amafarasi, cyangwa ngo asubize abantu mu Misiri kuyamushakirayo. Uhoraho yababujije gusubirayo.

17 Ntazashake abagore benshi kuko byatuma yimūra Uhoraho. Ntazashake gutunga ibya Mirenge.

18 Namara kwima, Abalevi b’abatambyi bazamushyikirize aya Mategeko ayandukure mu gitabo.

19 Icyo gitabo azakigumane ajye agisoma iminsi yose azaba akiriho, kugira ngo acyigiremo kubaha Uhoraho Imana ye, no kwitondera amagambo yose n’amateka yose y’aya Mategeko.

20 Ibyo bizatuma atishyira hejuru y’abandi Bisiraheli, kandi adateshuka kuri aya mabwiriza, maze arambe ku ngoma ya Isiraheli we n’abazamukomokaho.