Categories
1 Timoteyo

1 Timoteyo 5

Ibyo Timoteyo ashinzwe gukorera abayoboke b’Imana

1 Ntugacyahe umusaza ahubwo ujye umuhugura nk’aho ari so, n’abasore ubahugure nk’aho ari abavandimwe bawe.

2 Abakecuru ubahugure nk’aho ari ababyeyi bawe, abāri na bo nk’aho ari bashiki bawe ubafitiye umutima uboneye rwose.

3 Wubahe abapfakazi bamwe ba nyamwigendaho.

4 Naho niba umupfakazi afite abana cyangwa abuzukuru, nibabanze bagaragaze mu rugo rwabo bwite uko bubaha Imana, biture ababyeyi babo ineza babagiriye. Ibyo ni byo bishimisha Imana.

5 Umupfakazi nyamwigendaho kandi nyakujya yiringira Imana gusa, ntahwema kuyisenga no kuyiyambaza ijoro n’amanywa.

6 Naho umupfakazi wibera mu mudamararo, we ku Mana aba apfuye ahagaze.

7 Ibyo ubibashinge kugira ngo babe inyangamugayo.

8 Niba umuntu atita kuri bene wabo cyane cyane abo mu rugo rwe, uwo aba yarahakanye Kristo twemera ndetse aba arutwa n’abatemera Kristo.

9 Ntihakagire umugore uzandikwamu mubare w’abapfakazi atarageza ku myaka mirongo itandatu y’ubukuru, kandi atarashatswe n’umugabo umwe gusa.

10 Agomba kuba azwi ho ibikorwa byiza ari byo ibi: kurera abana be neza, kwakira neza abagenzi, koza ibirenge by’intore z’Imana, kugoboka imbabare, mbese kugira ibikorwa byiza by’uburyo bwose.

11 Abapfakazi bakiri bato ntukabashyire mu mubare w’abandi, kuko iyo irari ryabo ribateye kureka Kristo bongera gushaka abandi bagabo.

12 Bityo bakaba batsindwa n’urubanza rwo kureka ibyo bari biyemeje mbere.

13 Byongeye kandi bimenyereza kuzerera imihana, bakaba imburamukoro. Si ibyo gusa ahubwo bahinduka n’abanyamazimwe, bakajya bivanga mu bitabareba, bakavuga ibidakwiye.

14 Ni cyo gituma nshaka ko abapfakazi bakiri bato bongera gushyingirwa bakabyara, bakayobora ingo zabo, bityo bakima abanzi b’Imana urwaho rwo gusebya abayo.

15 Koko hari bamwe muri bo bamaze guteshuka bagakurikira Satani.

16 Nihagira umugore wemera Kristo akaba afite abapfakazi muri bene wabo, ajye abafasha kugira ngo byorohereze Umuryango w’Imana, ubone uko ugoboka abapfakazi nyamwigendaho.

17 Abakuru bayobora neza Umuryango w’Imana bakwiye guhembwaincuro ebyiri, cyane cyane abavunwa no kwamamaza Ijambo ry’Imana no kwigisha abandi.

18 N’ubundi Ibyanditswe biravuga ngo: “Ntimugahambire umunwa w’ikimasa igihe gihonyōra ingano”, kandi ngo: “Umukozi akwiye guhemberwa umurimo akora.”

19 Ntukemere ibyo barega umukuru w’Umuryango w’Imana, keretse ashinjwa n’abagabo babiri cyangwa batatu.

20 Abacumura ujye ubahanira mu ruhame kugira ngo abandi batinye.

21 Ndakwihanangiriza ntanze Imana ho umugabo, ndetse na Kristo Yezu n’abamarayika bayo bayishagara, ukurikize ayo mabwiriza utagize aho ubogamira, cyangwa ngo uce urwa kibera.

22 Ntukihutire kugira uwo urambikaho ibiganza ngo abe umukozi w’Imana. Ntukifatanye n’abandi gukora ibyaha, ahubwo wowe ubwawe ugumye kugira umutima uboneye.

23 Reka kunywa amazi gusa, ahubwo ujye ukoresha ka divayi gake kubera igifu cyawe no guhora urwaragurika.

24 Ibyaha by’abantu bamwe byigaragaza mbere y’uko bacirwa urubanza, naho iby’abandi bikagaragara hanyuma.

25 Bityo n’ibikorwa byiza na byo byigaragaza mbere y’igihe, kandi naho bitagaragara ako kanya ntibishobora guhora bihishwe.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/1TI/5-932aefde0353a10ade651b29c990e9be.mp3?version_id=387—

Categories
1 Timoteyo

1 Timoteyo 6

1 Abagizwe inkoreragahato bose nibemere ko ba shebuja bakwiye kubahwa rwose, kugira ngo hatagira utuka Imana cyangwa inyigisho zacu.

2 Abafite ba shebuja bemera Kristo ntibakabasuzugure, bitwaza ko ari abavandimwebabo muri Kristo. Ahubwo barusheho gukora bavunika, kuko abafashwa n’umurimo wabo mwiza ari abo bakunda bahuje kwemera Kristo.

Inyigisho ziyobya n’ubukungu nyakuri

Dore ibyo ugomba kwigisha no kugiramo abandi inama:

3 nihagira uwigisha ibindi bidahuje n’amagambo ashyitse y’Umwami wacu Yezu Kristo n’inyigisho zinogeye Imana,

4 uwo ni umwirasi utagira icyo azi, urwaye indwara yo kujya impaka no guterana amagambo. Ibyo ni byo bibyara ishyari n’amakimbirane, gusebanya no gukekera abandi ibibi,

5 n’impaka z’urudaca mu bantu bafite ubwenge bwononekaye bakamyemo ukuri. Bibwira ko uwubaha Imana aba yikurikiraniye inyungu.

6 Icyakora koko kubaha Imana iyo gufatanyije no kunyurwa n’ibyo ufite, bizana inyungu ikomeye.

7 Erega nta cyo twazanye ku isi, kandi nta n’icyo tuzabasha kuyivanaho!

8 Ariko ubwo dufite ibyokurya n’ibyo kwambara nitunyurwe na byo.

9 Naho abararikira ubukungu bagwa mu mutego, bagashukwa n’irari ryinshi ry’ubupfu rikabangiza. Ni cyo gituma bahomba byose bakarimbuka.

10 Koko gukunda amafaranga ni yo nkomoko y’ibibi byose. Kuyararikira kwatumye bamwe bateshuka bareka Kristo twemera, bakubitana n’ububabare bwinshi.

Amabwiriza Pawulo aha Timoteyo

11 Naho wowe muntu w’Imana, ibyo byose ujye ubigendera kure. Uharanire gutunganira Imana no kuyubaha, kuba indahemuka no kugira urukundo, kudacogora no kwiyoroshya.

12 Ujye urwana intambara nziza, urwanire Kristo twemera maze usingire ubugingo buhoraho. Ngibyo ibyo wahamagariwe ukabyemeza neza mu ruhame, abantu benshi bakabibera abagabo.

13 Imana ibeshaho byose ni yo ntanze ho umugabo, na Kristo Yezu wabaye umugabo w’iby’ukuri yemera imbere ya Ponsiyo Pilato, na we mutanze ho umugabo yuko ngushinze ibi ngibi:

14 ujye ukurikiza ibyo wategetswe nta makemwa, nta n’umugayo kugeza igihe Umwami wacu Yezu Kristo azaba aje.

15 Imana nyir’ugusingizwa kandi ishobora byose, yo Mwami ugenga abami ikaba n’Umutegetsi ugenga abategetsi, izabikora igihe cyabyo kigeze.

16 Ni yo yonyine ihoraho ituye mu mucyo utegerwa, nta muntu wigeze ayibona kandi ntawe ubasha kuyibona. Ikuzo n’ububasha buhoraho bibe ibyayo. Amina.

17 Abakungu b’iki gihe cya none ubihanangirize, kugira ngo birinde gusuzugura no kwiringira ubukungu bushira vuba. Ahubwo biringire Imana yo iduhundazaho ibintu byose ngo tubikoreshe tubyishimira.

18 Ubihanangirize kandi bajye bakora neza, ubukungu bwabo bube ibikorwa byiza, bahore biteguye gutanga ku byabo batitangiriye itama.

19 Bityo bazaba bafite ifatizo ry’ubukungu bwiza babikiye igihe kizaza, kugira ngo basingire ubugingo nyakuri.

20 Nuko rero Timoteyo, urinde icyo washinzwe, ugendere kure y’amagambo y’amanjwe y’abatitaye ku Mana na kure y’impaka z’ingirwabumenyi.

21 Bamwe bitwaje ubwo bumenyi bituma bateshuka kuri Kristo twemera.

Nyagasani nagumye kubagirira ubuntu.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/1TI/6-9abbd0912c8294ca24295e50df034946.mp3?version_id=387—

Categories
2 Timoteyo

2 Timoteyo 1

Indamutso

1 Jyewe Pawulo Intumwa ya Kristo Yezu nk’uko Imana yabishatse, ikanshinga kumenyekanisha isezerano ry’ubugingo duherwa muri Kristo Yezu,

2 ndakwandikiye Timoteyo mwana wanjye nkunda. Imana Data ikugirire ubuntu, iguhe n’imbabazi n’amahoro, ifatanyije na Kristo Yezu Umwami wacu.

Kuba umukozi w’indahemuka wa Kristo

3 Ndashimira Imana nkorera mfite umutima utandega ikibi, nk’uko ba sogokuruza babigenzaga. Mpora nkwibuka ijoro n’amanywa uko nsenze.

4 Iyo nibutse amarira yawenifuza cyane kongera kukubona, kugira ngo ngire ibyishimo bihebuje.

5 Ndibuka ukwizera Kristo kwawe kuzira uburyarya. Uko kwizera ni ko nyogokuru wawe Lowisi yari afite uhereye mbere, nyuma nyoko Unise na we agira uko kwizera, kandi sinshidikanya ko nawe ari ko ufite.

6 Ni yo mpamvu nkwibutsa ngo umere nk’uwatsa umuriro, ukangure impano ikurimo Imana yaguhaye igihe nakurambikagaho ibiganza.

7 Koko rero umwuka Imana yaduhaye si uwo kutugira abanyabwoba, ahubwo ni Mwuka uduha ububasha n’urukundo no kumenya kwifata.

8 Ntukagire isoni zo guhamya Umwami wacu, kandi ntugaterwe isoni n’uko mfunzwebamumpōra. Ahubwo wemere kugirirwa nabi kimwe nanjye kubera Ubutumwa bwiza, Imana ibigushoboje.

9 Ni yo yadukijije, iduhamagarira kuba intore zayo bidatewe n’ibikorwa byacu, ahubwo bitewe n’umugambi wayo n’ubuntu yatugiriye. Kuva mbere na mbere Imana yatugiriye ubwo buntu muri Kristo Yezu.

10 Ariko noneho bwashyizwe ku mugaragaro, igihe Umukiza wacu Kristo Yezu yazaga. Ni we watsembye ubushobozi bw’urupfu, maze ahishura ubugingo budashira akoresheje Ubutumwa bwiza.

11 Ubwo Butumwa ni bwo nashinzwe gutangaza ngo mbubere intumwa n’umwigisha.

12 Ni na yo mpamvu ituma mbabazwa ntyo. Nyamara ntibinkoza isoni kuko nzi uwo nizeye, kandi nkaba nzi neza ko afite ububasha bwo kurinda ibyo yanshinze, kugeza kuri wa munsi Kristo azazaho.

13 Inyigisho zishyitse wanyumvanye uzifate ho urugero uzajya ukurikiza, bityo ukomere kuri Kristo Yezu umwizeye kandi ufite urukundo.

14 Ibyiza washinzwe ubirinde ufashijwe na Mwuka Muziranenge uba muri twe.

15 Nk’uko ubizi abo mu ntara ya Aziya bose barantereranye, barimo Figelo na Erimogene.

16 Nyagasani nagirire neza urugo rwa Onesiforo, kuko yampumurije kenshi ntaterwe isoni n’ingoyi ndiho.

17 Ahubwo akigera i Roma yanshatse ashyizeho umwete maze arambona.

18 Ntawe ukurusha kumenya ibyiza yangiriye turi Efezi. Kuri wa munsi Nyagasani azamugirire imbabazi, zitangwa na Nyagasani ubwe.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/2TI/1-7b14839df3318f5bb76242647b111998.mp3?version_id=387—

Categories
2 Timoteyo

2 Timoteyo 2

Umusirikari w’indahemuka wa Kristo

1 Wowe rero mwana wanjye, uhagarare kigabo ubishobojwe n’ubuntu Kristo Yezu akugirira.

2 Ibyo wanyumvanye hari abahamya benshi, nawe ubishinge abantu b’indahemuka bazashobora kubyigisha abandi.

3 Ujye ufatanya nanjye kwihanganira amagorwa, nk’uko bikwiye umusirikari mwiza wa Kristo Yezu.

4 Nta musirikari wagira ibindi ahugiramo ngo abe akinejeje uwamwohereje ku rugamba.

5 Igihe kandi abantu barushanwa, nta wahembwa ikamba rigenewe abatsinze, keretse akurikije amategeko y’irushanwa.

6 Umuhinzi kandi ni we ubanza kuganura ku byo yavunikiye.

7 Uzirikane ibyo mvuze, Nyagasani azaguha kubisobanukirwa byose.

8 “Ujye wibuka Yezu Kristo,

wazutse mu bapfuye,

kandi ukomoka kuri Dawidi”,

nk’uko Ubutumwa bwiza namamaza bubivuga.

9 Ubwo Butumwa ni bwo mpōrwa, ngashyirwa no ku ngoyi nk’umugizi wa nabi. Nyamara Ijambo ry’Imana ryo ntirishyirwa ku ngoyi.

10 Ni yo mpamvu nihanganira byose kubera abo Imana yitoranyirije, kugira ngo na bo bahabwe agakiza kabonerwa muri Yezu Kristo hamwe n’ikuzo rihoraho.

11 Iri jambo ni iry’ukuri:

“Niba twarapfanye na we, na none tuzabanaho na we.

12 Nitugumya kwihangana, tuzimana ingoma na we.

Nitumwihakana, na we azatwihakana.

13 Niyo twamuhemukira we ahora ari indahemuka,

kuko atabasha kwica Isezerano.”

Umukozi Imana yemera

14 Ibyo byose ujye ubyibutsa abantu bose, ubihanangirize utanze Imana ho umugabo, ngo birinde amagambo atera impaka kuko nta cyo amaze, uretse gusenya abayumva.

15 Ujye wihatira kwishyīra Imana nk’umukozi ushimwa, utagomba guterwa isoni n’umurimo ayikorera, ahubwo ujye uvuga Ijambo ryayo ry’ukuri uko riri.

16 Naho amagambo y’amanjwe y’abatemera Imana ujye uyagendera kure, kuko abayasamarira barushaho kutayubaha.

17 Inyigisho zabo zimunga abantu nk’igisebe cy’umufunzo. Muri abo harimo Himeneyo na Fileto.

18 Barateshutse bareka ukuri, bavuga ko izuka ry’abapfuye ryarangiye. Bityo bagatesha bamwe Kristo bemeraga.

19 Nyamara haracyariho ifatizo rikomeye ryashyizweho n’Imana, rirangwa n’iri jambo ngo: “Nyagasani azi abe”, kandi ngo: “Uvuga ko ari uwa Nyagasani wese nareke gukora ibibi.”

20 Mu nzu nini ntihaba ibikoresho by’izahabu n’iby’ifeza gusa, haba hari n’ibindi byakozwe mu biti no mu ibumba. Bimwe bigenerwa imirimo y’icyubahiro, ibindi imirimo isuzuguritse.

21 Uwiboneza rero akimaraho ibyo bibi, azaba igikoresho kigenewe imirimo y’icyubahiro, cyeguriwe nyira cyo kikamugirira akamaro, kandi gikwiranye n’ibikorwa byiza byose.

22 Irari rya gisore ujye urigendera kure, ahubwo ushishikarire kuba intungane n’indahemuka no kugira urukundo n’amahoro, ufatanyije n’abandi biyambaza Nyagasani bataryarya.

23 Naho impaka ziterwa n’ubujiji n’amanjwe ujye uzirinda, kuko uzi ko zibyara amahane.

24 Erega ntibikwiye ko umugaragu wa Nyagasani agira amahane, ahubwo akwiriye kuba umugwaneza kuri bose, ushoboye kwigisha kandi wihangana.

25 Agomba kwigisha abamurwanya afite ubugwaneza. Ahari Imana yazabemeza kwihana bagasobanukirwa neza ukuri kwayo,

26 bityo bakabasha kwisubiraho maze bakigobotora mu mitego y’umwanzi Satani, wabagize imbohe ze ngo bakore ibyo ashaka.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/2TI/2-a8136e0062e8d20f12dc9d6833292547.mp3?version_id=387—

Categories
2 Timoteyo

2 Timoteyo 3

Iminsi y’imperuka

1 Umenye neza ko mu minsi y’imperuka hazaza ibihe bikomeye.

2 Abantu bazaba bikunda, bakunda ifaranga, birata, bikuza, batuka Imana, batumvira ababyeyi. Bazaba ari indashima, batubaha Imana,

3 badakunda ababo, batagira impuhwe, babeshyerana, bahubuka. Bazaba ari abanyarugomo n’abanzi b’ibyiza,

4 abagambanyi n’ibyihebe n’abikakaza. Bazaba bakunda ibibanezeza aho gukunda Imana.

5 Bazigira nk’abubaha Imana, ariko bahinyura ububasha bitera. Abo bose ujye ubagendera kure.

6 Bamwe muri bo bakunda gusesera mu mazu, bakigarurira ingirwabagore zashenguwe n’ibyaha, zigengwa n’irari ry’uburyo butari bumwe.

7 Ni abantu bahora biga iby’Imana, ariko ntibigere bamenya ukuri kwayo.

8 Nk’uko Yane na Yamburebarwanyije Musa, ni na ko abo bantu barwanya ukuri. Ni abantu bafite ubwenge bwononekaye, kandi ukwemera Kristo kwabo kwarahinyutse.

9 Ariko rero nta ho bizabageza kuko ubupfu bwabo buzagaragarira bose, nk’uko byagenze kuri Yane na Yambure.

Amabwiriza aheruka

10 Ariko wowe wakurikije neza ibyo nigisha n’uko nifata n’ibyo ngamije. Uzi kandi ukwizera kwanjye n’ukwihangana kwanjye, urukundo rwanjye n’ukudacogora kwanjye.

11 Uzi n’ukuntu natotejwe, ndetse n’amakuba nagiriye mu mujyi wa Antiyokiya n’uwa Ikoniyo n’uw’i Lisitira. Mbega ngo ndatotezwa! Nyamara ibyo byose Nyagasani yarabinkijije.

12 Erega n’ubundi abashaka bose guhora bubaha Imana, kubera Kristo Yezu ni ukuri bazatotezwa!

13 Naho abagizi ba nabi n’abashukanyi bazarushaho kuba babi, bayobye abandi na bo bagire ababayobya.

14 Ariko wowe ukomere ku byo wigishijwe ukiyemeza ko ari iby’ukuri, kandi ukaba uzi neza ababikwigishije.

15 Uhereye mu buto bwawe wamenye Ibyanditswe Imana yatugeneye, bibasha kukumenyesha ubwenge bwo kukugeza ku gakiza, ubikesha kwizera Kristo Yezu.

16 Ibyo Byanditswe byose byahumetswe n’Imana, kandi bifite akamaro ko kwigisha umuntu ukuri no kwamagana ibibi, gukosora umuntu no kumumenyereza gutunganira Imana,

17 kugira ngo umuntu w’Imana abe ashyitse kandi atunganyirijwe rwose gukora ibyiza byose.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/2TI/3-0a3249eb1eb4281e7df1d8b0fd251c12.mp3?version_id=387—

Categories
2 Timoteyo

2 Timoteyo 4

1 Ndakwihanangiriza ntanze Imana ho umugabo, hamwe na Kristo Yezu uzacira imanza abazima n’abapfuye, no kubera ukuza kwe aje kwima ingoma ye,

2 utangaze Ijambo ry’Imana, urivuge mu gihe cyiza no mu gihe gikomeye. Ukosore abantu, ubacyahe, ubahugure ufite kubihanganira no kubigisha ubutitsa.

3 Koko igihe kizaza abantu bamwe be kwihanganira inyigisho zishyitse, ahubwo bakurikize ibyifuzo byabo bwite. Bityo bazikoranyirizaho abigisha benshi bababwira ibihuje n’ibyo bashaka kumva.

4 Bazajya bica amatwi ngo batumva ukuri, ahubwo bahindukirire ibitekerezo by’imburamumaro.

5 Nyamara wowe uramenye, uko byaba kose ujye wirinda muri byose, wihanganire kubabazwa, ukore umurimo wo gutangaza Ubutumwa bwiza, bityo urangize umurimo washinzwe n’Imana.

Ingorane Pawulo yagize

6 Naho jyewe dore ubu ngiye gutangwaho igitambo. Igihe cyanjye cyo kwitarura kirageze.

7 Narwanye intambara nziza, nageze aho dusiganirwa kugera kandi Kristo twemera namukomeyeho.

8 Ahasigaye nteganyirijwe ikamba ry’ubutungane, iryo Nyagasani azangororera we mucamanza utabera, umunsi azazaho. Si jye jyenyine azariha, ahubwo azariha n’abantu bose bazaba bafitiye ubwuzu kumubona aje.

9 Wihatire kungeraho vuba,

10 kuko Dema yantereranye abitewe no gukunda iby’iyi si. Yigiriye i Tesaloniki, Kiresensi ajya mu ntara ya Galati, naho Tito ajya mu ya Dalumatiya.

11 Luka wenyine ni we turi kumwe. Uzaze unzaniye Mariko kuko angirira akamaro mu murimo.

12 Tikiko namutumye Efezi.

13 Uzaze unzaniye igishura nasize i Tirowa kwa Karupo, hamwe n’ibitabo cyane cyane iby’imizingo y’uruhu.

14 Umucuzi Alegisanderi yankoreye ibibi byinshi. Nyagasani azamugirira ibikwiranye n’ibyo yakoze.

15 Nawe umwirinde kuko yarwanyije inyigisho zacu bikomeye.

16 Mu iburana ryanjyerya mbere nta wamperekeje, bose barantereranye. Imana ntizabibahōre.

17 Nyagasani we twari kumwe, bityo ampa ububasha ngo ntangaze Ubutumwa bwiza mu batari Abayahudi bose babwumve. Bityo yangobotoye nk’umvanye mu rwasaya rw’intare.

18 Nyagasani azandokora ibibi byose bangirira, hanyuma azangeze mu bwami bwe bwo mu ijuru. Nahabwe ikuzo uko ibihe bihaye ibindi. Amina.

Umwanzuro

19 Tashya Purisila na Akwila, kimwe n’ab’urugo rwa Onesiforo.

20 Erasito yagumye i Korinti, naho Tirofimo namusize i Mileto arwaye.

21 Uzagerageze kuza mbere y’amezi y’imbeho.

Ubulo na Pudensi na Lino na Kilawudiya n’abavandimwe bose ngo mutahe.

22 Nyagasani abane nawe. Nagumye kubagirira ubuntu mwese.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/2TI/4-c207322cd40118947b0ad94dc55136a6.mp3?version_id=387—

Categories
Tito

Tito 1

Indamutso

1 Jyewe Pawulo umugaragu w’Imana nkaba n’Intumwa ya Yezu Kristo, natumwe ku bo Imana yitoranyirije ngo mbageze ku kwizera Kristo no kumenya ukuri guhuje no kūbaha Imana,

2 kugira ngo biringire kuzabona ubugingo buhoraho Imana itabeshya yasezeranye kuva kera kose.

3 Mu gihe kigenwe igaragaza Ubutumwa bwayo, maze inshinga umurimo wo kubutangaza nkurikije itegeko ry’iyo Mana Umukiza wacu.

4 Ndakwandikiye Tito mwana wanjye by’ukuri, bitewe no kwemera Kristo dusangiye. Imana Data nikugirire ubuntu, iguhe n’amahoro, ifatanyije na Kristo Yezu Umukiza wacu.

Umurimo Tito yashinzwe

5 Icyatumye nkurekera i Kireti ni ukugira ngo utunganye ibyasigaye bitari ku murongo, no gushyira abakuru b’itorero ry’Imana muri buri mujyi ukurikije amabwiriza naguhaye.

6 Buri wese muri bo agomba kuba indakemwa akaba n’umugabo ufite umugore umwe, abana be bakaba bemera Kristo, batarangwaho kuba ibyomanzi cyangwa ibyigomeke.

7 Erega n’ubundi umuyobozi w’Umuryango w’Imana agomba kuba indakemwa, kubera ko ashinzwe ibintu byayo! Ntakwiye kuba mudakurwakwijambo cyangwa umunyamujinya, cyangwa umunywi w’inzoga cyangwa umurwanyi, cyangwa se umuntu wiruka ku nyungu zishingiye ku buhemu.

8 Agomba kuba umuntu ukunda kwakira abashyitsi, kandi agakunda n’icyitwa icyiza cyose. Agomba kuba ashyira mu gaciro, ari intungane n’inyangamugayo kandi azi kwifata.

9 Agomba kuba akomeye ku magambo adahinyuka ahuje n’ibyo yigishijwe. Ubwo ni bwo azashobora gukomeza abandi akoresheje inyigisho zishyitse, kandi agatsinda abamugisha impaka.

10 Koko rero hariho benshi b’ibyigomeke bavuga amagambo y’amanjwe kandi babeshya, cyane cyane Abayahudi bihambira ku muhango wo gukebwa.

11 Ni ngombwa kubacecekesha, kuko hari ingo bageramo bakazisenya rwose bigisha ibidakwiye, babiterwa no guharanira inyungu zishingiye ku buhemu.

12 Umuhanuzi umwewo mu Banyakireti ubwabo yaravuze ati: “Abanyakireti iteka ni ababeshyi, ni inyamaswa zuzuye ubugome, ni inda nsa kandi ni inkorabusa.”

13 Ibyo ahamya ni ukuri. Ni cyo gituma ukwiye kubacyaha ukomeje, kugira ngo bemere Kristo ku buryo bushyitse,

14 bareke kwihambira ku bitekerezo bidafite ishingiro by’Abayahudi no ku mabwiriza y’abantu bacurika ukuri.

15 Abatunganye nta kitabatunganira, naho abanduye imitima batemera Kristo nta na kimwe kibatunganira, ubwenge bwabo buba bwononekaye n’imitima yabo iba itakibashinja ikibi.

16 Bemeza ko bazi Imana, nyamara ibyo bakora bikabavuguruza. Ni indashoboka n’intumvira, nta cyiza na kimwe wabashinga gukora.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/TIT/1-9b7202bccf48e7b7d8b02341c365d463.mp3?version_id=387—

Categories
Tito

Tito 2

Inyigisho nzima

1 Wowe ujye wemeza abantu imyifatire ihuye n’inyigisho ziboneye.

2 Abasaza ubabwire ngo be gutegekwa n’inda, ahubwo biyubahe, bashyire mu gaciro, bemere Kristo ku buryo bushyitse, bagire n’urukundo kandi be gucogora.

3 Abakecuru na bo ni uko, ubabwire bifate uko bikwiye abantu bubaha Imana. Ntibabe abanyamazimwe cyangwa abaja b’inzoga. Ahubwo bajye bigisha abandi ibyiza.

4 Bamenyereze abagore bakiri bato gukunda abagabo babo n’abana babo,

5 babigishe kuba abanyangesonziza no kutiyandarika, no gukorera ingo no kugira umutima, no kwemera kugengwa n’abagabo bashakanye kugira ngo hatagira utuka Ijambo ry’Imana.

6-7 Abasore na bo ubihanangirize utyo, kugira ngo mu byo bakora byose bajye bashyira mu gaciro. Nawe witange ho urugero rw’ibikorwa byiza. Mu kwigisha abantu ube indakemwa kandi wiyubahe.

8 Ibyo ubabwira bibe bishyitse kandi bitagayitse, kugira ngo abaturwanya bamware babure ikibi batuvugaho.

9 Abagaragu b’inkoreragahato bemere kugengwa na ba shebuja ku buryo bwose babashimisha, batabavuguruza

10 kandi nta cyo babība. Ahubwo babe indahemuka rwose, kugira ngo baheshe agaciro inyigisho z’Imana Umukiza wacu ku buryo bwose.

11 Erega ubuntu bw’Imana bwamaze kugaragara, ni bwo sōko y’agakiza ku bantu bose!

12 Ubwo buntu butwigisha kuzinukwa imico mibi yo kutubaha Imana no kurarikira iby’isi, kugira ngo muri ibi bihe bya none tumenye kwifata, tugire n’imibereho itunganye yo kubaha Imana.

13 Ni na ko dukwiye kumera tugitegereje umunsi muhire dufitiye ubwuzu, ubwo Yezu Kristo ari we Mana yacuikomeye n’Umukiza azaza afite ikuzo.

14 Ni we witanze kugira ngo aducungure, atuvane mu bugome bwose kandi ngo atweze, atugire abantu be bwite bafite ishyaka ryo gukora ibyiza.

15 Ibyo ni byo ugomba kumenyesha abakumva, ubakomeze kandi ubacyahe, ukoresheje ubushobozi bwose wahawe. Ntihakagire n’umwe ugusuzugura.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/TIT/2-b24a9b41184c62f77731ea077bc44c34.mp3?version_id=387—

Categories
Tito

Tito 3

Imyifatire ya gikristo

1 Ujye wibutsa Abakristo bose kwemera kugengwa n’abatware n’abandi bafite ubushobozi, no kubumvira no guhora biteguye gukora ikintu cyose cyiza.

2 Ntibakagire uwo basebya, ahubwo birinde amahane biyoroshye iteka, babere bose abagwaneza.

3 Burya natwe twahoze turi abapfu n’indakoreka turi mu buyobe. Twari mu buja bw’irari ribi n’ubw’umudamararo ku buryo butari bumwe. Twari abagome n’abanyeshyari, twangwa natwe twangana.

4 Ariko igihe kigeze, Imana Umukiza wacu igaragaza ubuntu igirira abantu n’urukundo ibakunda,

5 ni ko kudukiza, itabitewe n’uko twakoze ibiyitunganiye, ahubwo ibitewe n’imbabazi zayo. Yadukirishije kutwuhagira, iduha kuvuka ubwa kabiri no guhindurwa bashya na Mwuka Muziranenge.

6 Mwuka uwo Imana yamudusakajeho itaziganya, ikoresheje Yezu Kristo Umukiza wacu.

7 Kwari ukugira ngo tuyitunganire kubera ubuntu yatugiriye, duhabwe n’umunani ari wo bugingo buhoraho twiringiye kuzahabwa.

8 Iryo jambo ni iry’ukuri.

Ndashaka ko wita ukomeje kuri izo ngingo, kugira ngo abantu bose bafitiye Imana icyizere bashishikarire bihebuje gukora ibyiza. Ibyo nta ko bisa, ni na byo bifitiye abantu akamaro.

9 Naho impaka z’amanjwe n’ibyerekeye ibisekuruza, n’intonganya n’imburanya zishingiye ku Mategeko ujye ubigendera kure. Nta kamaro bifite, nta n’aho bigeza umuntu.

10 Umuntu uca ibice mu ba Kristo, numara kumuburira ubwa mbere n’ubwa kabiri umwigizeyo.

11 Urabizi umuntu nk’uwo aba yariyandaritse, ni umunyabyaha, ibibi akora ni byo bimushinja.

Umwanzuro

12 Nimara kugutumaho Aritema cyangwa Tikiko, uzagerageze kunsanga i Nikopoli kuko ari ho niyemeje kumara amezi y’imbeho.

13 Gira umwete wo gutegura urugendo rwa Apolo n’urwa Zena umuhanga mu kuburanira abantu, kugira ngo batazagira icyo babura.

14 Abantu bacu nibimenyereze gushishikarira ibikorwa byiza kugira ngo babone uko bagoboka abandi, bityo be kuba imburamumaro.

15 Abo turi kumwe bose baragutashya. Tashya abadukunda dusangiye kwemera Kristo.

Nyagasani nagumye kubagirira ubuntu mwese.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/TIT/3-4c8bb0b761250512e67f6c3344848d27.mp3?version_id=387—

Categories
Filemoni

Filemoni 1

Indamutso

1 Jyewe Pawulo waboshywe mpōrwa Yezu Kristo, jye n’umuvandimwe Timoteyo, turakuramutsa ncuti yacu Filemoni dusangiye umurimo,

2 tutibagiwe na mushiki wacu Afiya na Arikipo, dufatanyije kuba ku rugamba kimwe n’itorero rya Kristo rikoranira mu rugo rwawe.

3 Imana Data nibagirire ubuntu, ibahe n’amahoro, ifatanyije na Nyagasani Yezu Kristo.

Urukundo n’ukwizera Kristo bya Filemoni

4 Filemoni, igihe cyose nsenze ndakuzirikana ngashimira Imana yanjye,

5 kuko numva bavuga ukuntu wizera Nyagasani Yezu, ugakunda n’intore z’Imana zose.

6 Ndasaba Imana ngo ukwizera Kristo dusangiye kukugirire akamaro, gutume urushaho gusobanukirwa ibyiza byose duheshwa na we.

7 Muvandimwe, urukundo rwawe rwanteye ibyishimo, rundema n’agatima kuko wahumurije intore z’Imana.

Pawulo asabira Onezimo imbabazi

8 Ubusanzwe rero mfite uburenganzira mpabwa na Kristo, bwo kugutegeka gukora ibikwiriye nta cyo nishisha.

9 Nyamara kuko ngukunda mpisemo ahubwo kubigusaba. Jyewe Pawulo, ubu ugeze mu zabukuru nkaba ndi n’imfungwa mpōrwa Kristo Yezu,

10 ndakwinginga ku byerekeye Onezimo. Ni umwana wanjye nibyariye ndi ku ngoyi.

11 Uwari warakubereye imburamumaro, ubu atubereye twembi ingirakamaro.

12 Ndamukoherereje rero nguwo ni ubura bwanjye.

13 Mba narahisemo kumwigumanira hano ngo ankorere mu mwanya wawe, ndi ku ngoyi mpōrwa Ubutumwa bwiza.

14 Nyamara nta cyo nashatse gukora utakinyemereye, kugira ngo ineza wagira uyigire ku bwende bwawe atari uko ubihatiwe.

15 Ubirebye, Onezimo yaba yaratandukanye nawe by’akanya gato, kugira ngo uzamwakire mubane iteka

16 atakiri umugaragu w’inkoreragahato, ahubwo arenze kuba umugaragu, abaye umuvandimwe w’inkoramutima. Jyewe ubwanjye ni ko mubona ndetse cyane, ariko wowe uzarushaho kumubona utyo kubera imibanire isanzwe no kubera kuba umwe muri Nyagasani.

17 Niba rero wumva ko turi umwe, umwakire nk’aho ari jye wakiriye.

18 Niba kandi yaragufudikiye cyangwa hari icyo agomba kukwishyura, ube ari jye ubibaraho.

19 Ibi ni jye Pawulo ubyiyandikiye n’ukwanjye kuboko, nzamwishyurira. Siniriwe nkwibutsa umwenda nawe undimo. Erega uwo mwenda ni wowe ubwawe!

20 Nyabuneka muvandimwe, ungirire ubwo buntu kubera Nyagasani, bityo uraba ufatanyije na Kristo kundema agatima.

21 Nkwandikiye niringiye ko uzanyumvira, ugakora ibyo ngusabye ndetse ukarushaho.

22 Si ibyo gusa, muntegurire n’icumbi kuko niringira ko Imana yumvise amasengesho yanyu, ikazangarura muri mwe.

Pawulo asezera kuri Filemoni

23 Epafura tubohanywe duhōrwa Kristo Yezu aragutashya,

24 kimwe na Mariko na Arisitariko, na Dema na Luka dufatanyije umurimo.

25 Nyagasani Yezu Kristo nagumye kubagirira ubuntu.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/PHM/1-dfa8d9b6a126bd179ec53340b7642b1b.mp3?version_id=387—