Categories
Ibaruwa ya Yeremiya

Ibaruwa ya Yeremiya 6

Ibaruwa ya Yeremiya

Dore inyandikomvugo y’ibaruwa Yeremiya yoherereje Abayuda bari bagiye kujyanwa ho iminyago i Babiloni, nk’uko umwami waho yari yabitegetse. Muri iyi baruwa Yeremiya avuga ibyo Imana yari yamutegetse kubamenyesha.

Kwirinda ibigirwamana

1 Kubera ibyaha mwakoreye Imana, Nebukadinezari umwami wa Babiloniya agiye kubajyana ho iminyago i Babiloni.

2 Nimugerayo muzahamara imyaka myinshi mugeze ku bisekuruza birindwi, ariko nyuma Imana izabagarura amahoro mu gihugu cyanyu.

3 Aho i Babiloni muzahabona ibigirwamana bikozwe mu ifeza no mu izahabu no mu biti. Abantu babiheka ku ntugu maze bigakangaranya abanyamahanga.

4 Muramenye namwe ntimuzamere nk’abo banyamahanga ngo mutinye ibyo bigirwamana

5 mubonye iyo mbaga ibikikije ikabisenga, ahubwo muzibwire mu mutima muti: “Uhoraho, ni wowe wenyine ukwiye gusengwa”,

6 kuko umumarayika we azaba ari kumwe namwe akabitaho.

Ntimukiringire ibigirwamana

7 Koko rero ururimi rw’ibyo bigirwamana rwabajwe n’umunyabukorikori, nubwo byometsweho izahabu n’ifeza si ibyo kwiringirwa kandi ntibibasha kuvuga.

8 Abo bantu bakora amakamba mu izahabu no mu ifeza bakayatamiriza ibyo bigirwamana byabo, nk’umukobwa ukunda kwambara ibirimbisho.

9 Rimwe na rimwe abatambyi bafata kuri iyo zahabu n’ifeza bakabyikoreshereza ubwabo, cyangwa bakabihonga indaya ziberaga mu nsengero.

10 Ibyo bigirwamana byabo bikozwe mu ifeza no mu izahabu no mu biti, babyambika imyambaro nk’iy’abantu, ariko byo ntibishobora kwirinda ingese n’imungu.

11 Iyo bamaze kubyambika umyenda y’umuhemba, bagomba guhungura mu ruhanga rwabyo umukungugu wo mu ngoro ubitumukiraho.

12 Nubwo usanga hari igifashe inkoni nk’umutware w’igihugu, nyamara ntigishobora kwica ugisuzuguye!

13 Ikindi usanga gicigatiye inkota n’intorezo mu kiganza cy’iburyo, nyamara ntigishobore kwirwanaho mu ntambara cyangwa kwikiza abajura.

14 Ibyo byose bigaragaza ko atari imana, ntimukabitinye.

15 Nk’uko ikibindi kimenetse kitagirira nyiracyo akamaro, ni na ko ibyo bigirwamana bashyira mu ngoro bimeze.

16 Amaso yabyo yuzuraho umukungugu utumurwa n’ibirenge by’abantu binjira mu ngoro zabyo.

17 Nk’uko bakingirana umuntu watutse umwami mbere y’uko ajyanwa kwicwa, ni na ko abatambyi bakingisha ingoro z’izo mana zabo inzugi, bakazishyiraho amapata n’ibihindizo batinya ko abajura baza kuziba.

18 Abatambyi bacana amatara menshi ndetse arenze ayo bagombaga gukoresha ubwabo, nyamara ibyo bigirwamana ntibishobora kubona na rimwe muri yo.

19 Ibyo bigirwamana bimeze nka kimwe mu biti by’igisenge cy’ingoro cyamunzwe, umuswa ubiryana n’imyambaro yabyo, nyamara ntibigire icyo byumva.

20 Uruhanga rwabyo rwahindutse umurayi kubera imyotsi izamuka mu ngoro,

21 ku mubiri wabyo no ku mutwe usanga hatonze uducurama, intashya n’izindi nyoni, ndetse n’injangwe zirabyurira.

22 Ibyo byose ni ibigaragaza ko atari imana, ntimukabitinye.

23 Ibyo bigirwamana byometsweho izahabu ibigira byiza, ariko nihatagira umuntu ubihunguraho umwanda si byo bizisubiza ubwiza, kuko n’igihe babishongeshaga ntacyo byigeze byumva.

24 Nubwo babigura ku giciro icyo ari cyo cyose nta buzima bifite.

25 Kubera ko bitagira ibirenge babiheka ku ntungu, bikagaragaza bityo ko nta cyo bimaze. Ababyitaho na bo bakorwa n’isoni, kuko ari bo babyegura iyo byituye hasi.

26 Iyo babyeguye ntibibasha ubwabyo kwinyagambura, iyo bihengamye ntibishora kwiyegura, kubiha amaturo ni nko kuyatura intumbi!

27 Inyama z’ibitambo batambira ibyo bigirwamana, abatambyi barazicuruza bakazungukaho, ndetse n’abagore babo bafataho umugabane bakawusiga umunyu, nyamara nta cyo bafashisha abakene n’abatishoboye. Umugore uri mu mihango y’abakobwa cyangwa umaze kubyara, ntibatinya gukorakora ku byatuwe ibyo bigirwamana.

28 Mumenye rero ko ibyo byose atari imana, ntimukabitinye.

Ibyo byose kubyita imana ni ukuyoba

29 Ibyo bigirwamana bikozwe mu ifeza no mu izahabu no mu biti umuntu yabyita imana ate, kandi abagore ari bo babitura amaturo?

30 Abatambyi bicara mu ngoro zeguriwe ibyo bigirwamana bambaye imyambaro y’ibishwangi, bimoje imisatsi n’ubwanwa kandi batitwikiriye mu mutwe.

31 Abo batambyi baboroga basakuza imbere y’izo mana zabo nk’uko babigenza mu mihango yo guhamba,

32 hanyuma bagatwara imyambaro y’ibyo bigirwamana, bakayambika abagore babo n’abana babo.

33 Ibyo bigirwamana ubigiriye neza cyangwa nabi ntibishobora kubimwitura, ntibifite ububasha bwo kwimika umwami cyangwa kumukuraho,

34 nta n’ubwo bishobora gutanga ubukungu cyangwa imari. Iyo umuntu abihigiye umuhigo ntawusohoze ntibishobora kubimuryoza.

35 Ntibishobora gukiza umuntu urupfu, cyangwa ngo bigobotore umunyantegenke mu nzara z’umunyamaboko.

36 Ntibishobora guhumūra impumyi cyangwa ngo bivane umuntu mu kaga.

37 Ntibishobora kugirira impuhwe umupfakazi cyangwa ngo bigirire neza impfubyi.

38 Ibyo bigirwamana bikozwe mu biti bikomekwaho izahabu n’ifeza, ntaho bitaniye n’amabuye acukurwa ku misozi. Abayoboke babyo bazakorwa n’isoni!

39 None se bishoboka bite ko umuntu yabyita imana?

40 Byongeye kandi n’Abanyabiloniya ubwabo barabisuzugura. Iyo babonye umuntu w’ikiragi bamuzanira ikigirwamana Beli, bakagisaba ngo gitume avuga nk’aho cyumva.

41 Nyamara nubwo abo bantu na bo babona ko ibyo bigirwamana bitagira umumaro, ubupfapfa bwabo butuma bakomeza kubiyoboka.

42 Si ibyo gusa, abagore na bo bakenyeza imishumi bakicara ku mayira, bagatwika imirama nk’aho ari umubavu.

43 Iyo umwe muri bo yabengukwaga n’umugabo akaryamana na we, yakwenaga mugenzi we utabengutswe avuga ko ikigirwamana kitamuhaye amahirwe.

44 Ibyo byose bakorera ibyo bigirwamana ni ibinyoma. Ubwo se umuntu yahamya ate ko byo ubwabyo ari imana?

45 Ibyo bigirwamana byakozwe n’ababaji n’abacuzi b’izahabu n’ifeza. Nta kindi rero byashobora kuba cyo, kitari icyo ababikoze bashaka.

46 Ababikora na bo ntibarama, none se ibikorwa byabo byashobora bite kuba imana?

47 Koko rero nta kindi abo bantu bazasigira urubyaro rwabo, kitari ibinyoma n’ikimwaro.

48 Iyo hateye intambara cyangwa ibyago, abatambyi bagishanya inama kugira ngo bashake aho bihisha bo n’ibigirwamana byabo.

49 Ni kuki badasobanukirwa ko ibyo atari imana, kandi na byo ubwabyo bidashobora kwikiza intambara cyangwa ibyago?

50 Koko rero ni ibiti byometsweho izahabu n’ifeza, umunsi umwe bose bazamenya ko atari ibyo kwiringirwa. Amahanga yose kimwe n’abami bose bazamenya ko atari imana, ahubwo ko ari ibikorwa by’abantu kandi ko bidafite ububasha nk’ubw’Imana.

51 Mbese ni nde utiyumvisha ko ibyo ari ibigirwamana?

52 Ntibishobora kwimika umwami mu gihugu cyangwa ngo bigushe imvura.

53 Ntibishobora gufata ibyemezo ku bibazo byabyo bwite, cyangwa ngo birenganure urengana. Nta cyo bishoboye ahubwo bimeze nk’ibikona biguruka.

54 Umuriro uramutse utwitse ingoro y’ibyo bigirwamana by’ibiti byometsweho izahabu n’ifeza, abatambyi babyo bakwihungira bakarokoka, ariko byo byashya bigakongoka byose nk’ibiti bitwitswsse n’umuriro.

55 Ntibyashobora kurwanya umwami cyangwa abanzi.

56 None se umuntu yakwizera ate ko ibyo byaba imana?

Ni ibigirwamana nta cyo bishoboye

57 Ibyo bigirwamana by’ibiti byometsweho ifeza n’izahabu, ntibishobora kwikiza abajura n’abasahuzi. Abo babyambura izahabu n’ifeza n’imyambaro yabyo bakabitwara, kuko bidashobora kwirwanaho.

58 Umwami agaragaza ubutwari bwe ku rugamba, igikoresho kikagirira nyiracyo akamaro, urugi rukinga inzu cyangwa inkingi y’igiti mu ngoro y’umwami, ibyo byose bifite akamaro kuruta ibyo bigirwamana bidakwiye kwizerwa!

59 Koko rero izuba n’ukwezi n’inyenyeri byahawe umurimo bigomba kurangiza kandi birumvira.

60 Umurabyo na wo iyo urabije ugaragara neza, ndetse n’umuyaga uhuhera ahantu hose.

61 Ibicu byubahiriza icyo Imana ibitegetse bikazenguruka isi yose, ndetse n’iyo umuriro woherejwe uturutse mu ijuru ngo utwike imisozi n’amashyamba, na wo ukora icyo wategetswe.

62 Nyamara ibyo bigirwamana byo ntibigereranywa n’ibyo tumaze kuvuga, haba mu buranga cyangwa mu bubasha.

63 None rero nta muntu ugomba kubyita imana, kuko bidashobora guca imanza cyangwa ngo bigire icyiza bikorera abantu.

64 Mumenye rero ko ibyo byose atari imana, ntimukabitinye.

65 Koko rero ntibishobora kuvuma abami cyangwa kubaha umugisha,

66 ntibishobora kwereka amahanga ibimenyetso byo mu ijuru, ntibimurika nk’izuba cyangwa nk’ukwezi.

67 Inyamaswa zo mu ishyamba zirabiruta kure, kuko zishobora kwihisha no kwirwanaho ubwazo.

68 Nuko rero nta kintu na kimwe kitugaragariza ko ari imana, namwe ntimukabitinye.

69 Ibyo bigirwamana byabo by’ibiti byometsweho izahabu n’ifeza, bimeze nk’ibishusho bikanga inyoni mu mirima y’imyungu, ariko ntibigire icyo bikora.

70 Ikindi kandi ibyo bigirwamana byabo by’ibiti byometsweho izahabu n’ifeza, bimeze nk’igihuru cy’amahwa kiri mu busitani maze inyoni z’amoko yose zikakigwaho, cyangwa nk’intumbi bajugunye mu mwijima.

71 Umwenda w’umuhemba n’uw’umweru ibiboreraho, ibyo ni byo muzamenyeraho ko atari imana. Amaherezo bizamungwa maze bihinduke urukozasoni mu gihugu.

72 Ni byiza kuba umuntu w’intungane udatunze ibigirwamana, kuko atazakorwa n’ikimwaro.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *