Categories
Yobu

Yobu 37

1 “Ibyo bituma umutima wanjye udiha,

uransimbuka ukenda kuva mu gitereko.

2 Nimwumve ijwi ry’Imana ngo rirahinda,

nimwumve urwamo rwayo.

3 Yohereza imirabyo yayo igakwira ikirere,

umucyo wayo ukwira isi yose.

4 Nyuma y’imirabyo humvikana ijwi ry’Imana,

iryo jwi ritangaje rirahinda,

bityo ikohereza imirabyo.

5 Imana ihindisha ijwi ryayo mu buryo butangaje,

ikora ibitangaza tutabasha gusobanukirwa.

6 Itegeka amasimbi iti: ‘Nimugwe ku isi’,

itegeka n’imvura y’urujojo ikagwa ari umurindi.

7 Ihagarika ibikorwa by’abantu,

iba igira ngo bamenye ko ari yo yabaremye.

8 Icyo gihe inyamaswa zisubira mu ndiri yazo,

zihisha mu masenga yazo.

9 Inkubi y’umuyaga ituruka mu majyepfo,

imbeho y’ubutita igaturuka mu majyaruguru.

10 Imana ihuha ku mazi agahinduka urubura,

bityo amazi agahinduka urutare.

11 Ituma ibicu birēkamo imvura,

ituma bikwira birimo imirabyo.

12 Imana irabitegeka bikabuyera hirya no hino,

bizenguruka iyi si bisohoza imigambi yayo.

13 Ibyo ni byo Imana ihanisha abatuye ku isi,

ni na byo ikoresha ibagaragariza urukundo.

14 Yobu, tega amatwi ibyo nkubwira,

itonde maze uzirikane ibitangaza by’Imana.

15 Mbese uzi uko Imana igenga ibyo bicu?

Ni yo ituma imirabyo irabiriza mu bicu.

16 Mbese wari uzi impamvu ibicu bidahanuka mu kirere?

Ibyo bigaragaza ibitangaza by’ubuhanga bwayo buhebuje.

17 Mu gihe cy’ubushyuhe buzanwa n’umuyaga w’amajyepfo,

icyo gihe imyenda yawe iba ikotsa,

18 mbese ubwo wari gufasha Imana kubamba ijuru?

Ese wari kubasha kurikomeza nk’indorerwamo y’umuringa?

19 Twigishe icyo tuzabwira Imana,

twe nta cyo twavuga kuko nta cyo tuzi.

20 Mbese nayimenyesha ko nshaka kuvugana na yo?

Ese umuntu yakwifuza kurimburwa na yo?

21 Dore abantu ntibashobora kubona umucyo,

izuba rikingirijwe n’ibicu,

icyakora umuyaga uri bubihuhe ijuru ryeyuke.

22 Urumuri rurabagirana nk’izahabu ruturutse mu majyaruguru,

Imana ije yisesuye ikuzo riteye ubwoba.

23 Nyirububasha ntitubasha kumushyikira,

ni nyir’imbaraga n’ubutungane bihebuje,

ntajya arenganya abere.

24 Ni cyo gituma abantu bayitinya,

ntiyita ku bigira abanyabwenge.”

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *