Categories
Umubwiriza

Umubwiriza 12

1 Igihe ukiri umusore ntukibagirwe Umuremyi wawe, ujye umuzirikana iminsi n’imyaka mibi itaraza ukavuga uti: “Kubaho ntibinshimishije.”

2 Icyo gihe uzaba uri mu icuraburindi nk’igihe izuba n’ukwezi n’inyenyeri byijimye, cyangwa nk’ibicu bibuditse imvura ihitutse.

3 Bityo amaboko yakurwanagaho azacika intege, amaguru wagendeshaga azahetama, amenyo wari usigaranye azananirwa gukanjakanja, naho amaso warebeshaga ahume.

4 Icyo gihe amatwi yawe azaba atacyumva, ijwi ryawe rizaba rititimira, mu bunyoni uzabura ibitotsi, ntuzaba ucyumva indirimbo.

5 Ubwo ntuzaba ukizamuka umusozi, kugenda bizagutera ubwoba, imisatsi yawe izahinduka imvi umere nk’igiti kirabije, uzajya ugenda ukururuka, nta kintu kizongera kukuryohera. Koko rero uzigira mu buruhukiro bw’iteka, abakuririra bazakwira mu mayira.

6 Ubwo ubuzima buzamera nk’akagozi k’ifeza gacitse cyangwa nk’urwabya rw’izahabu rumenetse, buzamera nk’ikibindi kimenekeye ku iriba cyangwa nk’igurudumu ishaje iguye mu iriba.

7 Bityo uzasubira ube umukungugu, kandi umwuka w’ubugingo uzasubira ku Mana yawutanze.

8 Umunyabwenge aravuga ati: “Ibintu ni ubusa. Koko ni ubusa busa.”

Umwanzuro

9 Ikindi kandi, Umubwiriza yari n’umunyabwenge, ntiyahwemye gutoza abantu ubumenyi. Yarashishoje arasesengura, anonosora imigani myinshi.

10 Umubwiriza yihatiye gushaka amagambo aboneye, bityo yandika inyandiko itagira amakemwa igizwe n’amagambo y’ukuri.

11 Amagambo y’abanyabwenge acengera nk’urubori, n’amagambo y’abayobozi b’amakoraniro ameze nk’imisumari ishimangiye cyane. Ibyo byose bitangwa n’Umushumba umwe rukumbi.

12 Mwana wanjye, ntuzagire icyo wiyongereraho. Umenye ko kwandika ibitabo byinshi bitajya birangira, kandi ko no kwiga cyane binaniza umubiri.

13 Nguyu umwanzuro w’ibyavuzwe byose kandi byarumviswe: ujye wubaha Imana kandi ukurikize amabwiriza, iyo ni yo nshingano ya buri muntu.

14 Koko rero Imana izacira abantu imanza ikurikije ibyo bakoze, byaba ibihishwe, byaba ibyiza cyangwa ibibi.

Categories
Indirimbo ihebuje

Indirimbo ihebuje 1

1 Indirimbo ihebuje yahimbwe na Salomo.

Igisigo cya mbere

2 Nsoma wongere unsome!

Urukundo rwawe runezeza kurusha divayi.

3 Impumuro yawe na yo iranezeza.

Uri umubavu ufite impumuro itamye,

ni yo mpamvu abakobwa bagukunda.

4 Mfata ukuboko unyijyanire twihute,

ba umwami wanjye unyinjize mu cyumba cyawe,

twishimane tunezerwe twembi,

duhimbaze urukundo rwawe kurusha divayi.

Koko rero abakobwa baragukunda.

5 Bakobwa b’i Yeruzalemu,

ndi mwiza ndi imibiri yombi,

ndi mwiza nk’amahema y’i Kedari,

ndi mwiza nk’inyegamo z’ingoro ya Salomo.

6 Ntimutangazwe n’uko ndi imibiri yombi,

izuba ryarambabuye.

Basaza banjye barandakariye,

bantegetse kurinda imizabibu yabo,

nyamara n’iyanjye sinayirinze.

7 Yewe uwo nikundira,

mbwira aho uragira intama zawe,

mbwira aho uzibyagiza ku manywa?

Hambwire ntava aho mbwerabwera,

hambwire ntabwerabwera hafi y’imikumbi ya bagenzi bawe.

8 Niba utabizi uri igitego mu bagore,

sohoka ukurikire umukumbi wawe,

sohoka uragire abana b’ihene,

ubaragire hafi y’ibiraro by’abashumba.

9 Mukunzi wanjye, umeze nk’ifarasi y’inyamibwa,

umeze nk’ifarasi ikurura igare ry’Umwami wa Misiri.

10 Imisaya yawe ni ihogoza,

itamirije imitako ihebuje,

ijosi ryawe ritamirije inigi z’agaciro.

11 Tuzagukoreshereza inigi z’izahabu,

tuzazitakamo ifeza.

12 Iyo umwami wanjye ari ku meza,

iyo ari ku meza impumuro y’amarashi yanjye itāma hose.

13 Umukunzi wanjye ni nk’agapfunyika k’umubavu,

ari hagati y’amabere yanjye.

14 Umukunzi wanjye ni nk’agashandiko k’indabyo,

ni nk’indabyo zirabiriza mu mizabibu ya Enigedi.

15 Koko uri mwiza mukundwa wanjye, uri mwiza!

Amaso yawe arabengerana nk’ay’inyana.

16 Koko uri mwiza mukunzi wanjye, uteye ubwuzu!

Uburiri bwacu ni nk’utwatsi dutohagiye.

17 Inkingi z’inzu yacu ni amasederi,

imishoro yayo ni imizonobari.

Categories
Indirimbo ihebuje

Indirimbo ihebuje 2

1 Ndi akarabyo k’amarebe y’i Saroni,

ndi akarabyo k’amalisi yo mu bibaya.

2 Uko indabyo z’amalisi zimeze hagati y’amahwa,

ni ko umukundwa wanjye ameze mu bandi bakobwa.

3 Uko igiti cy’ipera kiri hagati mu ishyamba,

ni ko umukunzi wanjye ameze mu bandi basore.

Nezezwa no kwiyicarira mu gacucu ke,

akabuto ke karandyohera.

4 Yanyinjije mu nzu y’ibirori,

ansesekazaho urukundo.

5 Nimumpembuze agatsima k’imizabibu,

nimundamize imbuto z’ipera,

dore nzonzwe n’urukundo.

6 Ukuboko kwe kw’ibumoso kuranseguye,

ukw’iburyo kurampfumbase!

7 Bakobwa b’i Yeruzalemu, ndabinginze,

mbarahije amasha n’amasirabo y’agasozi,

muramenye ntimukangure urukundo rwanye,

ntimurukangure rutarabishaka.

Igisigo cya kabiri

8 Ndumva ijwi ry’umukunzi wanjye, nguriya araje.

Aje akimbagira mu mpinga z’imisozi,

aje asimbuka udusozi.

9 Umukunzi wanjye ameze nk’isha cyangwa ishashi y’impara.

Nguyu ahagaze inyuma y’inzu,

ararungurukira mu tuyunguruzo tw’idirishya.

10 Umukunzi wanjye arambwira ati:

Mukundwa wanjye haguruka,

mukundwa wanjye, ngwino tugende.

11 Dore igihe cy’imbeho kirarangiye,

itumba rirashize.

12 Mu gihugu hose indabyo zirarabije,

igihe cy’ibyishimo kirageze,

amajwi y’inyoni arumvikana mu gihugu cyacu.

13 Imitini itangiye kwera imbuto,

imizabibu yazanye indabyo zihumura neza.

Mukundwa wanjye haguruka,

Mukundwa wanjye, ngwino tugende.

14 Kanuma kanjye kibera mu myobo yo mu bitare,

kanuma kibera mu bwihisho bwo mu mikokwe,

nyereka mu maso hawe, niyumvire akajwi kawe.

Koko ijwi ryawe rinogeye ugutwi,

uburanga bwawe buteye ubwuzu.

15 Nimufate iyo mihari,

nimufate ibyo bibwana by’imihari,

koko birangiza imizabibu yacu ifite uruyange.

16 Umukunzi wanjye ni uwanjye, nanjye nkaba uwe,

aragira umukumbi we mu malisi.

17 Mu mafu ya nimugoroba ibicu birembera,

mukunzi wanjye wagarutse,

wagarutse usimbuka utununga duteganye,

waje nk’isha cyangwa ishashi y’impara.

Categories
Indirimbo ihebuje

Indirimbo ihebuje 3

1 Ijoro ryose narose umukunzi wanjye,

namushakashatse nyamara sinamubona.

2 Nabyutse nzenguruka umujyi,

nazengurutse imihanda n’ahantu hose,

nashakashatse umukunzi wanjye,

namushakashatse nyamara sinamubona.

3 Nahuye n’abarinzi b’umujyi,

nahuye na bo bazenguruka umujyi ndababaza nti:

“Mbese mwabonye umukunzi wanjye?”

4 Tukimara gutandukana namubonye,

namufashe sinamurekura mujyana mu rugo iwacu,

namwinjije mu nzu y’uwanyibarutse.

5 Bakobwa b’i Yeruzalemu, ndabinginze,

mbarahiye amasha n’amasirabo yo mu gasozi,

muramenye ntimukangure urukundo rwanjye,

ntimurukangure rutarabishaka.

Igisigo cya gatatu

6 Uriya ni nde uje aturutse mu butayu,

ni nde uje atumura umukungugu?

Yatamye umubavu n’amarashi bigurishwa n’abacuruzi.

7 Ni Umwami Salomo uje ahetswe mu ngobyi ye,

ashagawe n’intwari mirongo itandatu,

intwari zarobanuwe muri Isiraheli.

8 Bose bafite inkota bamenyereye urugamba,

bazambaye ku itako biteguye igitero cya nijoro.

9 Umwami Salomo yikoreshereje intebe ya cyami,

yayikoresheje mu mbaho zo muri Libani.

10 Inkingi zayo zari zikozwe mu ifeza,

urwegamiro rwari rukozwe mu izahabu,

urwicariro rwari rufunitswe n’ibitambaro by’umuhemba,

abakobwa b’i Yeruzalemu bayitakanye urukundo.

11 Bakobwa b’i Siyoni, nimusohoke,

nimuze murebe Umwami Salomo,

atamirije ikamba yambitswe na nyina ku munsi w’ubukwe,

ni umunsi yasābwe n’ibyishimo.

Categories
Indirimbo ihebuje

Indirimbo ihebuje 4

1 Koko uri mwiza, mukundwa wanjye uri mwiza!

Amaso yawe arabengerana nk’ay’inyana mu gatimba wambaye,

imisatsi yawe irirabura nk’umukumbi w’ihene,

ni nk’umukumbi w’ihene zimanuka umusozi wa Gileyadi.

2 Amenyo yawe arera de,

arera nk’ubwoya bw’intama zikemuwe kandi zisukuwe,

buri ryinyo riteganye n’iryaryo,

nta na rimwe ribuzemo.

3 Iminwa yawe isa nk’umwenda w’umuhemba, iteye ubwuzu.

Imisaya yawe irabengerana mu gatimba wambaye,

iteye ubwuzu nk’urubuto rw’umukomamanga.

4 Ijosi ryawe rishinguye nk’umunara wa Dawidi,

umunara wubakiwe kubikwamo intwaro,

umanitswemo ingabo igihumbi z’abantu b’intwari.

5 Amabere yawe ameze nk’isha ebyiri,

ameze nk’isha ebyiri z’impanga zirisha mu malisi.

6 Mu mafu y’ikigoroba ibicu birembera,

ndigira ku musozi utamye imibavu n’amarashi.

7 Koko uri mwiza mukundwa wanjye,

uri mwiza ntugira inenge.

8 Ngwino mukundwa wanjye,

ngwino tuve mu bisi bya Libani,

ngwino tumanuke mu mpinga ya Amana,

ngwino tuve mu mpinga ya Seniri n’iya Herimoni,

tuve mu masenga y’intare n’ingwe.

9 Mukundwa wanjye, mushiki wanjye wantwaye umutima,

wantwaye umutima kubera indoro yawe,

wantwaye umutima kubera akanigi kawe.

10 Mukundwa wanjye, mushiki wanjye,

urukundo rwawe rwarantwaye,

runezeza kuruta divayi,

amarashi wisīga ampumurira kuruta imibavu yose.

11 Mukundwa wanjye, iminwa yawe iryohera nk’ubuki,

ururimi rwawe ruryohera nk’amata n’ubuki,

impumuro y’imyenda yawe ni nk’iy’ibiti bya Libani.

12 Mukundwa wanjye, mushiki wanjye,

uri nk’ubusitani bw’umwihariko,

uri nk’isōko itigeze ivomwaho.

13 Uri nk’ubusitani bw’ibiti by’imikomamanga,

ibiti byera imbuto z’agahebuzo,

ibiti bibyara imibavu y’amoko yose.

14 Ibyo biti ni narada na karukuma,

ni kāne na mudarasini n’uduti twose tw’icyome,

ni ishangi n’umusagavu n’ibiti byera imibavu yose iruta iyindi.

15 Uri nk’isōko yo mu busitani,

uri nk’iriba ritemba amazi,

uri nk’umugezi uva mu bisi bya Libani.

16 Miyaga y’epfo n’iya ruguru nimubyuke,

nimuze muhuhere mu busitani bwanjye imibavu yabwo itame.

Bityo umukunzi wanjye naze mu busitani bwanjye,

naze yirire imbuto ziryoshye.

Categories
Indirimbo ihebuje

Indirimbo ihebuje 5

1 Mushiki wanjye, mukundwa,

nje mu busitani bwanjye,

nje gushaka imibavu n’amarashi,

ndarirayo ikinyagu cy’ubuki bwanjye,

ndanywerayo divayi n’amata byanjye.

Ncuti zanjye nimurye,

nimunywe kandi musābwe n’urukundo.

Igisigo cya kane

2 Nari nsinziriye imbonamwuko,

numvise umukunzi wanjye akomanga.

Nkingurira mushiki wanjye, mukundwa,

nkingurira kanuma kanjye, hogoza ryanjye.

Umutwe wanjye watonzeho ikime,

umusatsi wanjye watohejwe n’ubukonje bwa nijoro.

3 Ko nari maze kwiyambura, nongere nambare?

Ko nari maze koga ibirenge, nongere niyanduze?

4 Dore umukunzi wanjye yinjije ukuboko mu rugi,

bityo umutima wanjye uradihagura.

5 Nabyutse ngo nkingurire umukunzi wanjye,

ibiganza byanjye byuzura umubavu,

intoki zanjye zitonyanga amarashi,

amarashi anyereza icyuma gikingura urugi.

6 Nakinguriye umukunzi wanjye,

namukinguriye nsanga yigendeye,

namwomye inyuma ndamushakashaka sinamubona,

namuhamagaye nyamara ntiyanyitabye.

7 Nahuye n’abarinzi barara irondo mu mujyi,

bankubise barankomeretsa,

abo barinzi b’inkuta z’umujyi,

banyambuye umwitero wanjye.

8 Ndabinginze bakobwa b’i Yeruzalemu,

nimuhura n’umukunzi wanjye mumubwire,

mumubwire ko urukundo rwanzonze.

9 Mukundwa kurusha abandi bagore,

umukunzi wawe arusha iki abandi?

Ni iki rwose umukunzi wawe arusha abandi?

Ni iki gituma utwinginga utyo?

10 Umukunzi wanjye ni mwiza bihebuje,

ni igitego mu bantu ibihumbi.

11 Umutwe we ni nk’izahabu inoze,

umusatsi we urabinditse, urirabura cyane.

12 Amaso ye arabengerana nk’ay’inyana,

ni nk’ay’inyana zonse amata zigashisha.

13 Imisaya ye ni nk’ubusitani butamye imibavu,

iminwa ye ni nk’amalisi atohejwe n’amarashi.

14 Amaboko ye arimbishijwe ibikomo by’izahabu,

arimbishijwe n’izahabu ivanze n’andi mabuye y’agaciro,

umubiri we ni nk’ihembe ry’inzovu,

utatseho ibuye rya safiri.

15 Amaguru ye ni nk’inkingi za marumari,

nk’inkingi zishinzwe ku mfatiro z’izahabu inoze,

igihagararo cye ni nk’imisozi ya Libani,

ni muremure nk’amasederi yaho.

16 Bakobwa b’i Yeruzalemu,

umunwa we uryoheye kuwusoma,

igihagararo cye gifite igikundiro,

uwo ni we mukunzi wanjye n’incuti yanjye.

Categories
Indirimbo ihebuje

Indirimbo ihebuje 6

1 Mukundwa kurusha abandi bagore,

umukunzi wawe yagiye he?

Umukunzi wawe yaba yagannye he?

Reka tugufashe kumushaka.

2 Umukunzi wanjye yagiye mu busitanibwe,

yagiye mu turima tw’imbuto zihumura,

yagiye kuragirayo intama ze,

yagiye guca indabyo z’amalisi.

3 Umukunzi ni uwanjye, nanjye nkaba uwe,

aragira intama ze mu ndabyo z’amalisi.

Igisigo cya gatanu

4 Uri mwiza mukundwa wanjye,

uri mwiza nk’umurwa wa Tirusa,

uteye ubwuzu nka Yeruzalemu,

ufite igitinyiro nk’icy’ingabo zishinze ibirindiro.

5 Windeba kuko indoro yawe intwara umutima,

imisatsi yawe iratendera,

imeze nk’umukumbi w’ihene zimanuka umusozi wa Gileyadi.

6 Amenyo yawe arera de,

yera nk’ubwoya bw’intama zikemuwe kandi zisukuwe,

buri ryinyo riteganye n’iryaryo,

nta na rimwe ribuzemo.

7 Imisaya yawe irabengerana mu gatimba,

iteye ubwuzu nk’urubuto rw’umukomamanga.

8 Umwami ashobora kugira abamikazi mirongo itandatu,

ashobora kugira inshoreke mirongo inani,

ashobora kugira n’inkumi nyinshi.

9 Nyamara umukundwa wanjye ni umwe gusa,

mukunda nk’akanuma kanjye,

nyina yamubyaye ari umwe aramutonesha.

Abagore bose baramusingiza

abamikazi n’inshoreke baramurata bati:

10 Uriya ni nde usa n’umuseke weya?

Ni mwiza nk’ukwezi, arabengerana nk’izuba rirashe.

Koko afite igitinyiro nk’icy’ingabo zishinze ibirindiro.

11 Namanutse mu busitani bw’ibiti byera imbuto,

nagiye mu kibaya kureba ibiti byashibutse,

nagiye kureba imizabibu n’imikomamanga yarabije.

12 Sinkimenya uwo ndi we,

umukunzi wanjye yaranyigaruriye,

bityo niyumva nk’ugendera mu igare ry’intambara.

Categories
Indirimbo ihebuje

Indirimbo ihebuje 7

1 Garuka wa Mushulamikazi we,

garuka tukwitegereze.

Ni kuki mwitegereza Umushulamikazi,

mumwitegereza nk’aho abyina umudiho wa babiri?

2 Yewe mukobwa wuje ubupfura,

ingendo yawe irashimishije,

ikimero cyawe ni nk’urunigi rwakozwe n’umuhanga.

3 Umukondo wawe umeze nk’urukebano ruhorana divayi,

inda yawe ni nk’akarundo k’ingano gakikijwe n’amalisi.

4 Amabere yawe yombi ameze nk’isha ebyiri,

ameze nk’isha ebyiri z’impanga zirisha mu malisi.

5 Ijosi ryawe riteye nk’umunara wubakishijwe amahembe y’inzovu,

amaso yawe arabengerana nk’amazi y’ibizenga by’i Heshiboni,

ni nk’ibizenga biri ku irembo ry’uwo mujyi mugari.

Izuru ryawe rimeze nk’umunara wo muri Libani,

ni nk’umunara bagenzuriramo ibituruka i Damasi.

6 Umutwe wawe wemye nk’umusozi wa Karumeli,

imisatsi yawe iboshye isa n’umuhemba,

umwami yatwawe umutima n’ukuntu iboshye.

7 Uri mwiza uteye ubwuzu,

mukundwa wanjye uri umwāri unejeje.

8 Uhagaze wemye nk’umukindo,

amabere yawe ateye nk’imbuto zawo.

9 Naribwiye nti: “Nzurira umukindo,

nzawurira nsingire imbuto zawo.”

Amabere yawe ateye nk’iseri ry’umuzabibu,

umwuka wawe umpumurira nk’amapera,

10 Imvugo yawe ni nka divayi nziza!

Koko ni nka divayi nziza yagenewe umukunzi wanjye,

ni nka divayi itemba ku minwa y’abahwekereye.

11 Niyeguriye umukunzi wanjye,

umukunzi wanjye ampozaho umutima.

12 Iyizire mukunzi wanjye twigire mu mirima,

iri joro turare mu misozi.

13 Mu rukerera tuzindukire mu mizabibu,

turebe ko yapfunditse cyangwa ko yazanye uruyange,

turebe ko n’imikomamanga yarabije,

aho ni ho nzakwerekera urukundo rwanjye.

14 Impumuro y’imbuto zitanga ibyara yatamye,

ku marembo yacu hari imbuto ziryohereye z’amoko yose,

ni zo naguteganyirije, mukunzi wanjye.

Categories
Indirimbo ihebuje

Indirimbo ihebuje 8

1 Icyampa ukaba musaza wanjye,

ukaba musaza wanjye twonse ibere rimwe,

duhuye nagusoma ntihagire ubingayira.

2 Bityo nakujyana mu rugo iwacu,

nakuzimanira divayi iryoshye,

naguha n’umutobe w’imikomamanga.

3 Umukunzi wanjye anseguje ukuboko kw’imoso,

ampfumbatishije ukw’indyo.

4 Bakobwa b’i Yeruzalemu ndabinginze,

muramenye ntimukangure urukundo rwanjye,

ntimurukangure rutarabishaka.

Igisigo cya gatandatu

5 Uriya ni nde uturutse mu butayu?

Uriya ni nde ufatanye urunana n’umukunzi we?

Nagukanguye uryamye munsi y’igiti cy’ipera,

wari ha handi nyoko yagusamiye,

aho nyoko yakubyariye.

6 Nshyira ku mutima mbe nk’ikashe,

mbe nk’ikashe ku kuboko kwawe.

Koko imbaraga z’urukundo ni nk’iz’urupfu,

umutima ukunda na wo ugira imbaraga nk’iz’urupfu.

Urukundo rugurumana nk’umuriro,

runyaruka nk’umurabyo.

7 Amazi magari ntashobora kuzimya urukundo,

inzuzi ntizishobora kururengaho.

Nubwo umuntu yatanga ibye byose ngo arugure,

nta gushidikanya byamuviramo umugayo.

8 Dufite mushiki wacu muto,

ntarapfundura amabere.

Tuzabigenza dute nibaza kumurambagiza?

9 Niba akomeye ku buziranenge bwe tuzabushimangira,

niba ari indangare tuzamurinda nk’uhindira amarembo.

10 Jyewe nkomeye ku busugi bwanjye,

amabere yanjye ahagaze neza,

iyo umukunzi wanjye ambonye aranezerwa.

11 Salomo yari afite umuzabibu i Bāli-Hamoni,

yawukodesheje n’abarinzi,

buri wese uko asaruye yatangaga ibikoroto by’ifeza igihumbi.

12 Jyewe umuzabibu wanjye nywukomeyeho,

wowe Salomo gumana ibikoroto byawe igihumbi by’ifeza,

buri murinzi wese w’imbuto ajyane ifeza magana abiri.

13 Mukundwa wanjye uri mu busitani,

bagenzi banjye bategereje kumva ijwi ryawe,

nanjye nkeneye kumva akajwi kawe.

14 Banguka mukunzi wanjye,

nyaruka nk’isha cyangwa nk’ishashi y’impara,

unyaruke ujye ku misozi itamye imibavu n’amarashi!

Categories
Ezayi

Ezayi 1

1 Ibi ni ibyo Ezayi mwene Amotsi yeretswe byerekeye u Buyuda na Yeruzalemu. Yabyeretswe ku ngoma ya Uziya no ku ya Yotamu, no ku ya Ahazi no ku ya Hezekiya, abami b’u Buyuda.

Abisiraheli nta cyo bumva

2 Yemwe abo mu ijuru, nimutege amatwi.

Namwe abo ku isi, nimwumve.

Uhoraho aravuze ati: “Nareze abana ndabakuza,

nyamara bo barangomeye.

3 Inka imenya nyirayo,

indogobe na yo imenya uyigaburira.

Nyamara Abisiraheli nta cyo bashaka kumenya,

abantu banjye nta cyo bumva.”

Nta cyiza kirangwa mu Buyuda

4 Muragowe, mwa bwoko bw’abanyabyaha mwe,

muragowe bwoko bwasāzwe n’ibicumuro,

muragowe nyoko y’abagizi ba nabi,

muragowe bana b’abanyangeso mbi!

Muragowe kuko mwimūye Uhoraho,

mwasuzuguye Umuziranenge wa Isiraheli,

mwamuteye umugongo.

5 Mwanangiriye mu bwigomeke,

mbese muragira ngo abahane ate?

Umutwe wanyu wuzuye ibisebe,

umutima wose urarwaye.

6 Kuva ku ino kugera ku mutwe nta hazima mugifite.

Hose ni ibikomere n’inguma n’ibisebe byasamye,

nta muntu ubyoza cyangwa ngo abipfuke,

nta muntu ubyomoza amavuta.

7 Igihugu cyanyu ni ikidaturwa,

imijyi yanyu ni umuyonga.

Abanyamahanga bararya imyaka yanyu murebēra,

ibintu byose barabitsembye.

8 Yeruzalemu yonyine ni yo yacitse ku icumu,

imeze nk’akazu kubatse mu mizabibu,

imeze nk’akaruri kubatse mu murima w’inzuzi,

imeze nk’umujyi wagoswe n’abanzi.

9 Iyo Uhoraho Nyiringabo ataturokora,

tuba twararimbutse nk’umujyi wa Sodoma,

tuba twararimbutse nk’umujyi wa Gomora.

Ukuyoboka guteye Imana ishozi

10 Batware b’i Sodoma, nimwumve ijambo ry’Uhoraho,

bantu b’i Gomora, nimutege amatwi Amategeko y’Imana yacu.

11 Ibitambo byanyu byinshi bimariye iki?

Ndambiwe ibitambo bikongorwa n’umuriro by’amasekurume y’intama,

ndambiwe n’urugimbu rw’inyana,

nzinutswe amaraso y’ibimasa n’ay’intama n’ay’ihene.

12 Mbese iyo muje kunshengerera, ni nde uba yabahamagaye?

Ni nde uba yabasabye kuza kundibatira urugo?

13 Nimurekere aho gukomeza kunzanira amaturo atagira umumaro,

imibavu munyosereza intera ishozi.

Sinkihanganira iminsi mikuru yo mu mboneko z’ukwezi n’amasabato,

sinkihanganira amateraniro yanyu yo gusenga.

14 Nanga iminsi mikuru yanyu y’imboneko z’ukwezi,

nanga n’ibindi birori byanyu,

iyo mihango imbereye umutwaro ndayirambiwe.

15 Iyo murambuye amaboko musenga mbima amaso,

amasengesho yanyu y’urudaca sinyumva,

sinyumva kuko ibiganza byanyu byuzuye amaraso.

16 Nimwiyuhagire mwisukure,

nimumvane imbere ibikorwa byanyu bibi,

nimureke gukora nabi.

17 Nimwige gukora ibyiza muharanire ubutabera,

nimurenganure urengana,

nimurenganure impfubyi n’umupfakazi.

Abisiraheli nibareke kwigomeka

18 Uhoraho aravuze ati: “Nimuze, nimuze twumvikane.

Ibicumuro byanyu bitukura nk’indubaruba,

nyamara muzera nk’inyange.

Naho byaba bitukura cyane muzera de.

19 Nimunyumvira, igihugu cyanyu kizarumbuka muhāge.

20 Nyamara nimwinangira mugakomeza kwigomeka,

muzicishwa inkota.”

Uko ni ko Uhoraho avuze.

Yeruzalemu izahumanurwa

21 Ni buryo ki umurwa wari indahemuka wahindutse indaya?

Umurwa warangwaga n’ubutabera n’ubutungane,

nyamara usigaye wuzuye abicanyi.

22 Ifeza yawe yahindutse umwanda,

divayi yawe nziza yahindutse amaganura.

23 Abatware bawe ni ibyigomeke n’ibyitso by’abajura,

bose bakunda impano bakararikira ruswa,

ntibarenganura impfubyi,

ntibita ku bapfakazi.

24 Ni yo mpamvu Nyagasani Uhoraho Nyiringabo, nyir’ububasha wa Isiraheli avuze ati:

“Ngiye kwihimura abandwanya,

ngiye guhōra abanzi banjye.

25 Yeruzalemu we, hari icyo ngiye kugukoraho:

ngiye kuguhumanura nk’ushongesha ubutare,

nzagusukura nkumareho imyanda yawe yose.

26 Abacamanza bawe nzabaha umuco nk’uw’abo hambere,

abajyanama bawe nzabaha umuco nk’uw’aba kera.

Bityo uzitwa Umujyi w’ubutungane n’Umurwa udahemuka.

27 Siyoni izarokorwa n’uko abayituye babaye intabera,

abaturage bayo nibihana bazarokorwa n’ubutungane.

28 Nyamara ibyigomeke n’abanyabyaha bose bazarimbuka,

abimūye Uhoraho na bo bazarimbuka.

29 Koko muzakozwa isoni kubera ibiti mwagize imana zanyu,

muzakozwa isoni kubera imirima mwasengeragamo ibigirwamana.”

30 Muzamera nk’ibibabi by’ibiti birabije,

muzamera nk’imirima itagira amazi.

31 Umuntu w’umunyamaboko azahinduka ubusa,

ibikorwa bye bizayoyoka nk’ibishashi by’umuriro,

byombi bizakongokera rimwe habure ubizimya.