Categories
Yobu

Yobu 15

Elifazi aravuga ko umunyarugomo atazarokoka

1 Nuko Elifazi w’Umutemani asubiza Yobu ati:

2 “Mbese umunyabwenge yavuga amagambo y’impfabusa?

Ese yakomeza kwishyiramo amagambo adafite ishingiro?

3 Mbese yakwireguza amagambo adafite akamaro?

Ese yakomeza kuvuga amagambo y’imburamumaro?

4 Erega noneho kubaha Imana ubikuyeho,

kuyisenga na byo urabibujije!

5 Gucumura kwawe ni ko kugutera kuvuga ibyo,

wiyemeje kuvuga nk’indyarya.

6 Ibyo uvuga ni byo bigucira urubanza ntabwo ari jye,

amagambo yawe ubwawe ni yo agushinja.

7 “Mbese Yobu, ni wowe wabanjirije abandi kuvuka?

Waba se waravutse imisozi itararemwa?

8 Mbese wumvise ibyavugiwe mu nama z’Imana?

Waba se warikubiye ubwenge bwose?

9 Icyo uzi twe tutazi ni iki?

Ni iki wamenya twe tudasanzwe tuzi?

10 Muri twe hari abasheshe akanguhe n’inararibonye,

ni bakuru baruta so.

11 Mbese ihumure Imana iguha ntirikunyuze?

Ese amagambo meza tukubwira ntakunyuze?

12 “Ni kuki umutima wawe uguhabya?

Ni kuki amaso yawe arebana uburakari?

13 Ni kuki urebana Imana umujinya?

Ni kuki uhangara kuyamagana?

14 Mbese koko umuntu yabasha kuba umwere?

Ese umuntu buntu yaba intungane ate?

15 Niba Imana itiringira abamarayika bayo,

niba ijuru atari ryiza imbere yayo,

16 umuntu wononekaye byamugendekera bite,

uwo muntu ugotomera ibyaha nk’unywa amazi?

17 “Ntega amatwi ngire icyo ngusobanurira,

ibyo nabonye ndabikubwira,

18 ndakubwira ibyo abanyabwenge bavuze,

ibyo ba sekuruza batagize ubwiru.

19 Ni bo Imana yari yaragabiye igihugu,

nta munyamahanga wari wabivanzemo.

20 Umugome ahorana uburibwe igihe cyose akiriho,

umunyagitugu azababazwa iteka ryose.

21 Amatwi ye ntahwema kumva ibimutera ubwoba,

n’iyo hari umutekano umubisha aramutera.

22 Ntiyiringira ko azarokoka urupfu,

koko azi ko inkota imutegereje.

23 Akubita hirya no hino ashaka ibyokurya,

azi ko urupfu rwe rwegereje.

24 Amakuba n’ishavu bimuhagarika umutima,

bimeze nk’umwami witeguye kugaba igitero.

25 Koko rero yarwanyije Imana,

asembura Nyirububasha.

26 Yirutse agamitse ijosi ajya kurwanya Imana,

yikingiye ingabo nini y’umutamenwa.

27 “Koko yari abyibushye mu maso yaramiramije,

ndetse yarahonjotse yarazanye ibicece,

28 nyamara yari atuye mu mijyi yasenyutse,

yabaga mu mazu adatuwe,

amazu yendaga kuriduka.

29 Uwo muntu ntazaba umukire,

ubukire bwe ntibuzaramba,

na we ubwe ntazatinda ku isi.

30 Ntateze guhunga urupfu,

umuriro uzakongora abamukomokaho,

umwuka uzamuvamo burundu.

31 “Ntakishuke yiringira ibitagira umumaro,

ibitagira umumaro ni cyo gihembo cye.

32 Ameze nk’ishami ryuma imburagihe,

ryuma ntiryongere gutoha ukundi.

33 Azamera nk’umuzabibu uhunguka imbuto zikiri mbisi,

amere nk’umunzenze uhunguka indabyo zawo.

34 Koko agatsiko k’abahakanamana kazazima,

inkongi y’umuriro izakongora amahema y’inkozi z’ibibi.

35 Batwita ubugizi bwa nabi bakabyara amakuba,

imitima yabo ni indiri y’ubutiriganya.”

Categories
Yobu

Yobu 16

Yobu yizera umurengezi uri mu ijuru

1 Nuko Yobu arabasubiza ati:

2 “Numvise amagambo menshi nk’ayo,

ihūmure mumpa riteza amakuba.

3 Mbese amagambo yawe y’impfabusa ntashira?

Ni iki kigutera gusubiza utyo?

4 Iyaba mwari mumeze nkanjye,

nanjye nari kuvuga nkamwe,

navuga amagambo menshi mbanegura,

nabazunguriza umutwe.

5 Inama nabagira zabakomeza,

bityo amagambo yanjye yabahumuriza.

6 “Nyamara iyo mvuze uburibwe bwanjye ntibucogora,

iyo niyumanganyije ngaceceka na bwo ntibushira.

7 Erega ubu Imana yaranjahaje,

abo mu rugo rwanjye bose yarabatsembye!

8 Iminkanyari yanteje ku mubiri ni cyo kimenyetso,

kunanuka kwanjye na ko ni ko kunshinja.

9 Imana irandakarira ikantanyaguza,

irandeba ikampekenyera amenyo,

ni umwanzi wanjye umpozaho ijisho.

10 Abantu barampagurukiye banyasamiye,

barantuka bakankubita inshyi,

biremye agatsiko kandwanya.

11 Imana yangabije abagizi ba nabi,

yanjugunye mu maboko y’abagome.

12 Yampungabanyije nari nguwe neza,

yamfashe ku gakanu iranshwanyaguza,

yangize imāshiro ry’imyambi yayo.

13 Imyambi inturuka impande zose,

impinguranya impyiko ikankomeretsa nta mpuhwe,

bityo indurwe yo mu mwijima wanjye ikisesa hasi.

14 Incakira nk’umurwanyi,

inkomeretsa incuro nyinshi.

15 Mpora nambaye imyambaro igaragaza akababaro,

nicara nigunze nubitse umutwe mu mukungugu.

16 Amaso yanjye yatukujwe no guhora ndira,

ibihenehene byayo byarirabuye,

17 nyamara ntawe nagiriye urugomo,

isengesho ryanjye ku Mana riraboneye.

18 “Wa si we, witwīkira amaraso yanjye,

reka ugutakamba kwanjye kumvikane.

19 Erega mfite umurengezi mu ijuru!

Koko rero umurengezi wanjye ari mu ijuru.

20 Incuti zanjye zo zirankoba,

nyamara jye ntakambira Imana, amarira ambunga mu maso.

21 Umurengezi wanjye nankiranure n’Imana,

nadukiranure nk’uko umuntu akiranura incuti ye.

22 Nangoboke iminsi yanjye ni mbarwa,

dore ngiye gupfa.

Categories
Yobu

Yobu 17

Yobu nta cyo acyizeye

1 “Umwuka wanjye ugiye guhera,

iminsi nagenewe kubaho irarangiye,

imva irantegereje.

2 Koko nkikijwe n’abakobanyi,

ubugome bwabo ntibutuma ngoheka.

3 Mana, ube ari wowe umbera umwishingizi.

None se ni nde wundi wanyishingira?

4 Incuti zanjye wazihinduye umutima ntizasobanukirwa,

ntukazikundire ko zinyigambaho.

5 Mbese ni nk’utumira incuti akazidabagiza,

naho abana be bicira isazi mu jisho.

6 “Imana yangize iciro ry’imigani,

bityo abantu bakancira mu maso.

7 Amaso yanjye ntakibona kubera ishavu,

ingingo zanjye zose zabaye ibishushungwe.

8 Abantu b’indakemwa birabatangaza,

naho umwere akarwanya abahakanamana.

9 Icyakora intungane ntizizatezuka ku migirire yazo,

abere na bo bazarushaho kubonera.

10 Ngaho mwebwe mwese nimugaruke,

nta munyabwenge n’umwe ndabona muri mwe.

11 “Iminsi yo kubaho kwanjye irashize,

imigambi yanjye irarangiye,

ibyifuzo byanjye biburiyemo.

12 Incuti zanjye ijoro ziryita amanywa,

naho umucyo zikawita umwijima.

13 Iyo nzirikanye ko iwanjye ari ikuzimu,

uburiri bwanjye bugasaswa mu icuraburindi,

14 mbwira imva nti: ‘Umbereye data’,

mbwira n’urunyo nti: ‘Uri mama cyangwa mushiki wanjye.’

15 None se icyizere cyanjye kiri he?

Ni nde uzi amaherezo yanjye?

16 Mbese icyo cyizere nzamanukana na cyo ikuzimu?

Ese nzajyana na cyo mu mva?”

Categories
Yobu

Yobu 18

Biludadi aravuga ko hari umutego ugenewe umugome

1 Nuko Biludadi w’Umushuwa asubiza Yobu ati:

2 “Muzareka kuvuga amagambo nk’ayo ryari?

Nimushyire mu gaciro maze tuganire.

3 Yobu, ni kuki udufata nk’amatungo?

Ni kuki wibwira ko turi ibicucu?

4 Erega uburakari bwawe buragukomeretsa!

Mbese wibwira ko isi izarimbuka kubera wowe?

Ese Imana izashyigure ibitare?

5 “Imibereho y’umugome izazima,

izamera nk’urumuri rucwekēreye.

6 imibereho y’abe izacura umwijima,

urumuri rwe ruzazima

7 Yagendanaga imbaraga none acitse intege,

imigambi ye bwite ni yo izamuhitana.

8 Ubwe azishorera yigushe mu mutego,

azawukandagiramo umucakire.

9 Umutego uzamufata agatsinsino,

ipfundo ryawo rizamuherana.

10 Umutego utezwe mu butaka uzamushibukana,

imbarutso yawo ihishe aho azanyura.

11 Ibitera ubwoba bimuturuka impande zose,

bimugenda runono aho ajya hose.

12 “Yari umunyambaraga none acogojwe n’inzara,

icyago na cyo kiramwugarije.

13 Icyo cyago kizamutemagura uruhu,

icyorezo simusiga kizamuguguna.

14 Azaturumburwa mu rugo rwe rwari mu mutekano,

azajyanwa guhangana na Rupfu uteye ubwoba.

15 Urugo rwe ruzahumanuzwa amazuku,

iwe hazigarurirwa n’undi.

16 Azamera nk’igiti cyumye,

cyumye gihereye mu mizi kugeza mu mashami.

17 “Ku isi ntawe uzongera kumwibuka ukundi,

izina rye rizibagirana mu gihugu hose.

18 Azamburwa ubuzima ashyirwe ikuzimu,

bityo azavanwa ku isi y’abazima.

19 Ntazasiga imbuto azazima,

nta wo mu nzu ye uzarokoka.

20 Ab’iburasirazuba n’iburengerazuba bazumva ibye,

bose bazabyumva bashye ubwoba.

21 Koko ayo ni yo maherezo y’inkozi z’ibibi,

ayo ni yo maherezo y’abatubaha Imana.”

Categories
Yobu

Yobu 19

Yobu yiringira umurengezi uzamugoboka

1 Nuko Yobu arabasubiza ati:

2 “Muzahereza he kunkura umutima?

Muzageza ryari kunshengura n’amagambo yanyu?

3 Dore bubaye ubwa cumi muntuka,

mbese kungirira nabi ntibibatera isoni?

4 Niba koko hari icyo nakosheje,

ikosa ni jye jyenyine ryabarwaho.

5 Niba koko mushaka kunyigamba ho,

niba munshinja ko ari jye wikojeje isoni,

6 nimumenye ko Imana ari yo yanteje aka kaga,

ni yo yamfatiye mu mutego wayo.

Ndataka kubera urugomo ngirirwa,

nyamara ntawe ungoboka.

7 Ndatabaza ariko sindenganurwa.

8 Yishe inzira kugira ngo ntabona aho nyura,

inzira yanjye yayikwijemo umwijima.

9 Imana ni yo yanyaze ikuzo ryanjye,

ni yo yanyambuye icyubahiro nari mfite.

10 Yambujije epfo na ruguru ndi nyakwigendera,

yamazemo icyizere meze nk’igiti kiranduranywe n’imizi.

11 Uburakari bwayo bwangurumaniyeho,

yamfashe nk’umwanzi wayo.

12 Ingabo zayo zishyira hamwe zintera,

zihangira inzira kugira ngo zingereho,

zigota inzu yanjye zigashinga ibirindiro.

13 “Yantandukanyije n’abavandimwe banjye,

abo twari tuziranye baranyirengagiza.

14 Bene wacu barantereranye,

incuti zanjye zaranyibagiwe.

15 Abashyitsi banjye n’abaja banjye bose bamfata nk’umunyamahanga,

babona nta cyo ndi cyo imbere yabo.

16 Mpamagara umugaragu wanjye ntanyitabe,

n’iyo namuhendahenda ntiyanyitaba.

17 Umugore wanjye ntiyihanganira umunuko wanjye,

abavandimwe banjye na bo baranyinuka.

18 Abana bato basigaye bansuzugura,

iyo ngize icyo mvuga bampa inkwenene.

19 Incuti zanjye zaranzinutswe,

abo nakundaga na bo barampindutse.

20 Uruhu rwanjye rwumiye ku magufwa,

nsigaye nanitse amenyo gusa.

21 “Ncuti zanjye, nimundebane impuhwe, nimumbabarire.

Erega ukuboko kw’Imana kwaranshegeshe!

22 Mbese kuki muntoteza nk’Imana?

Ese ntimurambirwa kungirira nabi?

23 Iyaba amagambo mvuga yandikwaga!

Iyaba yari yanditswe mu gitabo,

24 iyaba yari yandikishijwe umusyi w’icyuma,

iyaba yari aharatuwe ku rutare ngo atazasibangana.

25 “Nyamara nzi ko umucunguzi wanjye ariho,

amaherezo azaza ku isi andengere.

26 Uyu mubiri wanjye numara kubora,

nubwo nzaba ntakiwufite nzareba Imana.

27 Nzayirebera ubwanjye imbonankubone,

nzayirebesha amaso yanjye bwite atari ay’undi,

nubwo umutima wanjye unegekajwe no kuzayibona.

28 Muravuga muti: ‘Ese twamugirira nabi dute?’,

murongera muti: ‘Ni we wikururiye akaga.’

29 Namwe murajye mutinya inkota y’Uhoraho,

koko rero ararakara agahanisha inkota!

Bityo muzamenya ko azabacira urubanza.”

Categories
Yobu

Yobu 20

Sofari aravuga amakuba y’umugome

1 Nuko Sofari w’Umunāmati abwira Yobu ati:

2 “Ibitekerezo byanjye bindwaniramo,

biransunika ngo ngusubize,

koko singishobora kwihangana.

3 Numvise kuncyaha kwawe kunkojeje isoni,

ndatekereje nunguka icyo ngusubiza.

4 Zirikana uko Imana igenza abagome kuva kera kose,

uko ibagenza kuva igihe yaremaga umuntu.

5 Koko ibyishimo by’abagome bimara igihe gito,

umunezero w’abahakanamana nturamba.

6 Nubwo igihagararo cye cyakora ku ijuru,

umutwe we ugakabakaba ku bicu,

7 azashiraho burundu amere nk’amazirantoki ye,

abari bamuzi bazabaza bati:

‘Wa muntu ari he?’

8 Koko uwo muntu azamera nk’inzozi ziyoyoka,

azibagirana nk’inzozi za nijoro.

9 Uwari umuzi ntazongera kumuca iryera,

aho yari atuye ntihazamenyekana.

10 Abana be bazariha abakene ibyo yabambuye,

bityo azabyishyura mu mutungo we.

11 Nubwo akiyumvamo ubusore n’imbaraga,

uwo mugome azashyirwa ikuzimu.

12 Nubwo icyaha kimuryohēra,

nubwo yakomeza akakijundika,

13 nubwo yagumya akakinyunguta,

nubwo yakomeza akakijundika,

14 ibyo byokurya bizamugwa nabi,

bizamubera nk’ubumara bw’inzoka.

15 Umutungo w’abandi yariye azawuryozwa,

koko rero Imana izawumurutsa.

16 Yanyunyuje ubumara bw’inzoka,

ubwo bumara buzamwica.

17 Ntazongera kubona ya mavuta atemba nk’imigezi,

ntazongera kubona ya mata n’ubuki bitemba nk’inzūzi.

18 Ibyo yaruhiye azabisubiza atabiriye,

inyungu yahihibikaniye ntazazishimamo.

19 Koko yakandamije abakene ntiyabitaho,

yigaruriye n’amazu atigeze yubaka.

20 Koko rero ahorana umururumba ntanyurwe,

nta na kimwe cyo mu mutungo we azizigamira.

21 Nta kintu cyamutakobwa atagiconshomeye,

bityo ukugubwaneza kwe ntikuzaramba.

22 Nubwo azaba akungahaye ishavu rizamushengura,

nta cyago na kimwe kizamurenga.

23 Ubwo azaba ahugiye mu kuzuza inda ye,

Imana izamusukaho uburakari bwayo bukaze,

izabimuhundazaho bimubere ifunguro.

24 Azizibukira inkota,

umwambi w’umuringa uzamuhinguranya.

25 Azikura umwambi wamuhinguranyije,

uzamuhinguranya umwijima agire ubwoba bwo gupfa.

26 Umwijima w’icuraburindi uramutegereje,

umuriro udasanzwe uzamukongora,

akongoke we n’inzu ye yose.

27 Ijuru rizamushinja ibyaha bye,

isi na yo izamuhagurukira.

28 Ubukungu bwe buzayoyoka bushire,

bushire nk’ubutembanywe n’umwuzūre w’uburakari bw’Imana.

29 Ngayo amaherezo Imana yateganyirije umugome,

ngicyo igihano Imana yamugeneye.”

Categories
Yobu

Yobu 21

Yobu yibwira ko abagome ari bo bahirwa

1 Nuko Yobu arabasubiza ati:

2 “Nimutege amatwi mwite ku byo mvuga,

ni ryo humure ryonyine mbatezeho.

3 Munyihanganire ntimunce mu ijambo,

nindangiza kuvuga mwisekere!

4 Ese aho ntimugira ngo ndinubira umuntu?

None se ni iki cyatuma ntarambirwa?

5 Ngaho nimundebe murumirwa,

muratangara mwifate ku munwa.

6 Iyo ntekereje ibyambayeho nshya ubwoba,

nshya ubwoba ngahinda umushyitsi.

7 Ni kuki abagome barama?

Ni kuki bagera mu zabukuru bagifite imbaraga?

8 Bakomeza kubana n’urubyaro rwabo,

babona imikurire y’abuzukuru babo.

9 Ingo zabo ziganjemo amahoro,

uburakari bw’Imana ntibubageraho.

10 Amapfizi yabo arororoka,

inka zabo ntiziramburura.

11 Bareka abana babo bakiruka nk’imitavu,

ibitambambuga byabo birikinagura.

12 Bavuza ingoma n’inanga,

banezezwa n’ijwi ry’umwironge.

13 Imyaka yo kubaho kwabo bayimara banezerewe,

bapfa batagaraguritse.

14 Nyamara babwira Imana bati: ‘Have tubise,

ntidushishikajwe no kumenya icyo udushakira.

15 Mbese Nyirububasha ni nde byatuma tumuyoboka?

Kumusenga se byo byatwungura iki?’

16 Bibwira ko amahirwe bayakesha imbaraga zabo,

nyamara sinemera ibitekerezo byabo.

17 Ni kangahe wabonye abagome bapfa bakenyutse?

Ni kangahe bagwiririrwa n’amakuba?

Ni kangahe Imana yabateje uburakari bwayo?

18 Ni kangahe babaye nk’icyatsi gitwawe n’umuyaga?

Ni kangahe babaye nk’umurama utumurwa na serwakira?

19 Muravuga muti:

‘Imana ihanira abana ibyaha bya ba se’,

nyamara Imana nihane umugome ku giti cye,

maze na we abikuremo isomo.

20 Umugome ubwe niyirebere igihano cye,

asogongere ku burakari bwa Nyirububasha.

21 Mbese iyo umugome amaze gupfa,

aba akitaye ku mibereho y’abana be?

22 Ese umuntu ni we wigisha Imana ubwenge,

Imana icira n’abamarayika urubanza?

23 Hariho umuntu upfa agifite amagara mazima,

yari atunze kandi atunganiwe,

24 apfa yari abyibushye,

apfa ingingo ze zigifite ubuyanja.

25 Undi na we apfana intimba ku mutima,

apfa atigeze anezerwa na rimwe.

26 Abo bombi bahambwa kimwe,

bombi baribwa n’inyo.

27 Erega nzi neza ibyo mutekereza,

imigambi yanyu yo kungirira nabi ndayizi!

28 Muribaza muti: ‘Inzu ya cya gikomerezwa iri he?

Urwo rugo rw’abagome ruri he?’

29 Ese hari icyo mwabajije abagenzi?

Mwaba se muhinyura ibyo bahamije?

30 Iyo amakuba yateye umugome ararokoka,

iyo Imana irakaye umugome ararusimbuka.

31 Ni nde wahangara kumushinja?

Ni nde wamwitura ibyo yakoze?

32 Iyo apfuye ajyanwa mu irimbi,

imva ye irarindwa.

33 Abantu benshi baramuherekeza bakamushyingura,

imbaga itabarika iramushagara,

igitaka basibisha imva ntikimuremerera.

34 None se ko mugerageza kumpumuriza,

mumpumuriza muvuga amagambo y’imburamumaro?

Erega ibisubizo byanyu ni ibinyoma gusa!”

Categories
Yobu

Yobu 22

Elifazi aravuga ko Yobu ari umunyabyaha

1 Nuko Elifazi w’Umutemani aravuga ati:

2 “Mbese umuntu yaba ingirakamaro ku Mana?

Ese ubundi umunyabwenge yigirira akamaro?

3 Mbese iyo ubaye intungane Nyirububasha yunguka iki?

Ni iki yunguka iyo imigenzereze yawe iboneye?

4 Mbese yaba agucyaha akuziza ko umwubaha?

Ese yaba ari yo mpamvu ituma agucira urubanza?

5 Aho ntiyaba aguhōra ubugome bwawe bwinshi,

aho ntiyaba akuziza ibicumuro byawe bitagira akagero?

6 Dore waka abavandimwe bawe ingwate nta mpamvu,

ubacuza imyambaro bagasigara bambaye ubusa.

7 Abaguye agacuho wabimye amazi,

abishwe n’inzara wabimye ibyokurya.

8 Abanyambaraga ni bo warekeye igihugu,

abo watonesheje ni bo bakibamo.

9 Abapfakazi wabasezereye amara masa,

impfubyi warazikandamije.

10 Ni cyo gituma ufashwe n’imitego,

ni cyo gituma uhiye ubwoba.

11 Dore umeze nk’uri mu icuraburindi,

umeze nk’uwarohamye mu mazi maremare.

12 Imana iganje mu ijuru,

yitegereje hasi ibona inyenyeri nubwo ziri hejuru cyane.

13 Nyamara urabaza uti: ‘Ese Imana hari icyo yiyiziye,

ko yihishe mu gicu cyijimye yaducira imanza ite?

14 Ibicu bibuditse birayikingiriza ntigire icyo ibona,

nyamara itambagira ku gisenge cy’ijuru.’

15 Mbese wiyemeje gukurikiza imigenzereze ya kera?

Ese wiyemeje gukurikiza imigenzereze y’inkozi z’ibibi?

16 Inkozi z’ibibi zirakenyutse,

zabaye nk’urutindo rutembanywe n’umwuzure.

17 Zibwira Imana ziti: ‘Have tubise,

mbese Nyirububasha yadutwara iki?’

18 Nyamara ni we wujuje amazu yazo ibyiza,

jye sinemera ibitekerezo byabo.

19 Intungane zizabona urwo bapfuye zishime,

abere na bo bazabakwena bagira bati:

20 ‘Koko abanzi bacu bashizeho,

umutungo wabo ukongowe n’umuriro.’

21 Ngaho iyunge n’Imana uzagira amahoro,

bityo uzagira ishya n’ihirwe.

22 Emera amabwiriza ikwihera ubwayo,

amagambo yayo uyahoze ku mutima.

23 Garukira Nyirububasha azagukomeza,

ikibi cyose ujye ucyamaganira kure.

24 Izahabu yawe nziza cyane uyijugunye mu bishingwe,

uyirohe mu mabuye y’akagezi.

25 Bityo Nyirububasha azakubera nk’izahabu,

azakubera nk’ikirundo cy’ifeza.

26 Koko rero uzanezerwa ubikesha Nyirububasha,

uzareba Imana ufite icyizere.

27 Uzayisenga yite ku masengesho yawe,

nawe uzayihigure umuhigo wahize.

28 Icyo uzagambirira gukora uzakigeraho,

imigenzereze yawe izarangwa n’umucyo.

29 Erega Imana icisha bugufi abirasi,

nyamara iha agakiza abicisha bugufi!

30 Imana ikunda kurokora umwere,

yabura ite kukurokora ukora ibyiza?”

Categories
Yobu

Yobu 23

Yobu aravuga ko Imana itamwumva

1 Yobu arabasubiza ati:

2 “Na n’ubu ndacyivovotera Imana,

amaganya yanjye singishoboye kuyiyumanganya.

3 Iyaba nari nzi aho nabona Imana!

Iyaba nabashaga kugera aho ituye!

4 Nayisanga nkayibwira akababaro kanjye,

nayigezaho ingingo nshingiyeho.

5 Bityo namenya icyo insubije,

nasobanukirwa neza icyo imbwiye.

6 Mbese yandwanya igombye gukoresha imbaraga?

Oya, nibura yantega amatwi.

7 Umunyakuri ni we wumvikana n’Imana,

nzatsinda burundu mbikesha umucamanza wanjye.

8 Nyishakira iburasirazuba sinyibone,

nyishakira iburengerazuba sinyihasange.

9 Nyishakira mu majyaruguru sinyibone,

nyishakira mu majyepfo sinyice iryera.

10 Nyamara yo imenya aho ngannye,

irangerageza igasanga ndi nk’izahabu inoze.

11 Nagenjeje uko ishaka,

sinigeze nteshuka.

12 Amabwiriza watanze nayagize nk’ifunguro rya buri munsi,

amagambo wavuze nyahoza ku mutima.

13 None se ko Imana idahinduka ni nde wayivuguruza?

Icyo yiyemeje gukora iragikora.

14 Izasohoza ibyo yangeneye,

izasohoza n’indi migambi myinshi yateganyije.

15 Ni cyo gituma ngifite ubwoba,

ndabitekereza nkarushaho kuyitinya.

16 Imana yatumye niheba,

Nyirububasha yankuye umutima.

17 Umwijima yanteje si wo watumye nceceka,

sinacecetse nubwo yanteje icuraburindi”.

Categories
Yobu

Yobu 24

Yobu avuga ko abagome bishyira bakizana

1 “Kuki Imana Nyirububasha itagena igihe cy’urubanza?

Kuki abayoboke bayo batamenya uwo munsi?

2 Dore hariho abimura imbago z’amasambu yabo,

hariho n’abaragiye amatungo bashimuse.

3 Hariho abahuguza impfubyi indogobe yayo,

hariho n’abatwara ikimasa cy’umupfakazi ho ingwate.

4 Batoteza abatishoboye bakabayobya,

abakene bo mu gihugu bagomba kwihisha.

5 Bameze nk’indogobe mu butayu,

bazindukira mu butayu gushaka ibyokurya,

bajyayo gushaka ibyo gutunga abana babo.

6 Bahatirwa gutongora imirima,

bahatirwa gusarura imizabibu y’abagome.

7 Bararira aho nta cyo biyoroshe,

nta cyo bagira cyo kwikinga imbeho.

8 Imvura yo mu misozi ibacikiraho,

babura ubwugamo bakikinga ku rutare.

9 Impfubyi bayinyaga n’ibyayibeshagaho,

naho abana b’umukene babagira ingwate.

10 Bityo bagendera aho bambaye ubusa,

bicwa n’inzara nyamara bikorereye abandi imiba y’ingano.

11 Bakamura amavuta mu minzenze,

babengera divayi mu mizabibu,

nyamara bo bicwa n’inyota.

12 Mu mujyi huzuye imiborogo y’abasamba,

nyamara Imana ntiyita ku gutakamba kwabo.

13 Abagome bazirana n’urumuri,

ntibashaka kugendera mu mucyo,

ntibaguma mu nzira zawo.

14 Umwicanyi abyuka mu rukerera,

yica umukene n’utishoboye,

iyo ijoro riguye ajya kwiba.

15 Umusambanyi ategereza ko bwira,

yitwikira mu maso,

aribwira ati: ‘Ntawe uri bumbone.’

16 Abajura bamena amazu nijoro,

ku manywa barihisha bazirana n’umucyo.

17 Kuri bo igitondo kibabera nk’umwijima w’icuraburindi,

koko rero bamenyereye ibitera ubwoba bya nijoro.”

[Zofari]

18 “Imibereho y’abagome ni nk’amazi ahita,

aho batuye haravumwe,

nta n’umwe muri bo ukigera mu mizabibu ye.

19 Uko icyokere n’ubushyuhe bishongesha urubura,

ni ko umunyabyaha azimirira ikuzimu.

20 Nyina wamubyaye aramwibagirwa,

inyo ziramurya ntiyongere kwibukwa.

Arimbuka nk’igiti kirimburanywe n’imizi.

21 Yagiriraga nabi abagore bagumbashye,

yakandamizaga n’abapfakazi.

22 Imana nyir’imbaraga irimbura abanyagitugu,

iyo ibahagurukiye ntibaba bakirusimbutse.

23 Haba ubwo Imana ibareka bakiyumvamo amahoro,

icyakora igahoza ijisho ku migenzereze yabo.

24 Bagubwa neza akanya gato, nyuma bakarimbuka,

bacishwa bugufi bakamera nk’abandi bose,

bararabirana bakamera nk’ihundo batemye.

25 Ni nde wanyomōza ko ibyo atari ko biri?

Nagaragaze ko ibyo mvuze ari amahomvu.”