Categories
Nehemiya

Nehemiya 8

Ezira asomera abantu Amategeko ya Musa

1-2 Nuko ku itariki ya mbere y’uko kwezi, abantu bose bari bahuje umugambi maze bateranira ku kibuga cyari imbere y’Irembo ry’Amazi. Basaba Ezira umutambyi n’umwigishamategeko, kubazanira igitabo cy’Amategeko Uhoraho yari yarahaye Musa ngo ayashyikirize Abisiraheli. Nuko Ezira azana icyo gitabo imbere y’imbaga y’abantu igizwe n’abagabo n’abagore n’abana bamaze guca akenge.

3 Kuva kare mu gitondo kugeza saa sita, Ezira asomera Amategeko abari bateraniye ku kibuga cyari imbere y’Irembo ry’Amazi. Hari abagabo n’abagore n’abana baciye akenge. Abantu bose bari bashishikajwe no kumva ibyo asoma.

4 Umwigishamategeko Ezira yari ahagaze ku ruhimbi rw’ibiti rugari bubatse kubera iryo teraniro. Iburyo bwe hari hahagaze Matitiya na Shema, na Anaya na Uriya, na Hilikiya na Māseya. Naho ibumoso bwe, hari hahagaze Pedaya na Mishayeli na Malikiya, na Hashumu na Hashibadana, na Zekariya na Meshulamu.

5 Abantu bose bashoboraga kureba Ezira kuko yari ahagaze kuri rwa ruhimbi abasumba. Abumbuye cya gitabo cy’Amategeko, abantu bose barahaguruka.

6 Nuko Ezira asingiza Uhoraho Imana ikomeye, maze abantu bose barambura amaboko bayerekeje hejuru, barikiriza bati: “Amina! Amina!” Bikubita imbere y’Uhoraho baramuramya, umuntu wese akoza uruhanga ku butaka.

7 Nuko barahaguruka, maze Abalevi ari bo Yoshuwa na Bani, na Sherebiya na Yamini, na Akubu na Shabetayi, na Hodiya na Māseya, na Kelita na Azariya, na Yozabadi na Hanani na Pelaya, batangira kubigisha Amategeko ya Musa.

8 Basomaga Amategeko y’Imana mu gitabo ku buryo bwumvikana, kandi bakayasobanura kugira ngo umuntu wese amenye ibyo basomye.

9 Abantu bumvise ibyasomwaga mu gitabo cy’Amategeko ya Musa, batangira kurira. Nuko umutegetsi Nehemiya na Ezira umutambyi n’umwigishamategeko, hamwe n’Abalevi basobanuriraga abantu ibyo Ezira yasomaga, barababwira bati: “Uyu munsi weguriwe Uhoraho Imana yanyu. Iki si igihe cyo kubabara no kurira!

10 Ahubwo nimusubire iwanyu murye ibyokurya byiza, munywe n’ibyokunywa biryoshye kandi abatagize icyo bategura na bo muboherereze amafunguro. Uyu munsi weguriwe Nyagasani Imana yacu. Ntimushavure kuko ibyishimo Uhoraho abaha, ari byo bibatera imbaraga.”

11 Abalevi na bo bacecekesha abantu, barababwira bati: “Nimutuze. Uyu munsi weguriwe Imana, bityo ntimukwiye gushavura.”

12 Nuko abantu bose barataha bajya kurya no kunywa, ndetse boherereza amafunguro abatabashije kugira icyo bategura. Abantu basābwa n’ibyishimo kuko bari basobanukiwe neza ibyo bari babasomeye.

Bizihiza iminsi mikuru y’Ingando

13 Ku itariki ya kabiri y’uko kwezi, abatware b’amazu yose y’Abayahudi n’abatambyi kimwe n’Abalevi, bateranira aho umwigishamategeko Ezira yari ari, kugira ngo barusheho kumenya Amategeko ya Musa.

14 Basanga mu gitabo cy’Amategeko Uhoraho yari yaratanze ayanyujije kuri Musa, handitse ko Abisiraheli bagombaga kuba mu tuzu tw’ingando, mu gihe cy’iminsi mikuru y’Ingando yo mu kwezi kwa karindwi

15 Basanze kandi ko iyo minsi mikuru yagombaga gutangarizwa abantu bo mu mijyi yose ndetse n’ab’i Yeruzalemu, bakababwira bati: “Nimujye mu misozi muzane amashami y’iminzenze ihingwa, n’ay’iminzenze ya cyimeza n’ay’imihadasi, n’ay’imikindo n’ay’ibiti bitsitse amashami, maze muce ingando nk’uko ibyanditswe bivuga.”

16 Nuko abantu bose bajya kuzana amashami yo kubaka utuzu tw’ingando. Bamwe batwubatse hejuru y’amazuyabo, abandi batwubaka mu ngo zabo, abandi batwubaka mu rugo rw’Ingoro y’Imana, abandi batwubaka ku kibuga cyari imbere y’Irembo ry’Amazi, no ku kibuga cyari imbere y’Irembo rya Efurayimu.

17 Abantu bose batahutse bavuye aho bari barajyanywe ho iminyago, biyubakira utuzu tw’ingando maze batubamo. Cyababereye igihe cyo kunezerwa cyane, kuko kuva mu gihe cya Yozuwe mwene Nuni kugeza icyo gihe, Abisiraheli ntibari barigeze bizihiza batyo iminsi mikuru y’Ingando.

18 Uhereye ku munsi wa mbere w’iminsi mikuru y’Ingando, ukageza ku wa karindwi ari wo waherukaga, buri munsi Ezira yasomaga mu gitabo cy’Amategeko y’Imana. Ku munsi wa munani basoza iteraniro nk’uko imihango yari iri.

Categories
Nehemiya

Nehemiya 9

Abantu bihana ibyaha bakoze

1-2 Ku itariki ya makumyabiri n’enye z’uko kwezi, Abisiraheli kavukire bitandukanya n’abanyamahanga bose, maze bateranira hamwe bigomwa kurya. Bambara imyambaro igaragaza akababaro, biyorera n’umukungugu mu mutwe. Nuko biyemerera ku mugaragaro ko bakoze ibyaha bo na ba sekuruza.

3 Bamara amasaha atatu bahagaze babasomera ibyanditse mu gitabo cy’Amategeko y’Uhoraho Imana yabo. Bamara n’andi masaha atatu birega ibyaha byabo, bikubita imbere y’Uhoraho Imana yabo.

4 Nuko Abalevi ari bo Yoshuwa na Bani na Kadimiyeli, na Shebaniya na Buni na Sherebiya, na Bani wundi na Kenani barahaguruka bahagarara ku ruhimbi, bavuga ijwi rirenga batakambira Uhoraho Imana yabo.

5 Abalevi ari bo Yoshuwa na Kadimiyeli na Bani, na Hashabuneya na Sherebiya na Hodiya, na Shebaniya na Petahiya baravuga bati:

“Nimuhaguruke musingize Uhoraho Imana yanyu,

muhore muyisingiza iteka ryose!”

“Uhoraho, uragahora usingizwa,

ikuzo no gusingizwa ubihebuje ibibaho byose.

Isengesho ryo kwicuza ibyaha

6 Ni wowe wenyine witwa Uhoraho!

Wahanitse ijuru hejuru y’amajuru yose,

waremye n’inyenyeri zose zo muri ryo.

Ni wowe waremye isi n’ibiyiriho byose,

urema n’inyanja n’ibiyirimo byose.

Ni wowe ubeshaho ibiremwa byose,

ingabo zo mu ijuru ni wowe ziramya.

7 Uhoraho Mana, ni wowe watoranyije Aburamu,

wamuvanye muri Uri y’Abanyakalideya,

maze umwita Aburahamu.

8 Wabonye ko akubereye indahemuka,

ugirana na we Isezerano rihamye:

iryo kuzagabira urubyaro rwe igihugu cy’Abanyakanāni n’Abaheti,

n’Abamori n’Abaperizi n’Abayebuzi n’Abagirigashi.

Iryo Sezerano wararisohoje kuko nawe uri indahemuka.

9 “Wabonye imibabaro ya ba sogokuruza bari mu Misiri,

wumvise gutaka kwabo bari ku Nyanja y’Uruseke.

10 Ibimenyetso n’ibitangaza bihambaye

wabyerekaniye ku mwami wa Misiri,

no ku byegera bye n’abaturage b’icyo gihugu.

Koko wabonye agahato bashyiraga kuri ba sogokuruza.

Icyo gihe wabaye ikirangirire ahantu hose,

nk’uko muri iyi minsi uri ikirangirire mu bantu.

11 Amazi y’inyanja wayagabanyijemo kabiri,

Abisiraheli bayambukiranya bigendera ahumutse.

Naho abanzi babo babakurikiye,

wabaroshye ikuzimu muri iyo nyanja,

bamera nk’ibuye riroshywe mu mazi menshi.

12 Ku manywa wayoboraga ba sogokuruza wibereye mu nkingi y’igicu,

nijoro ukabayobora inzira banyuramo, wibereye mu nkingi y’umuriro ubamurikira.

13 Wavuye mu ijuru umanukira ku musozi wa Sinayi

uvugana na bo.

Wabagejejeho ibyemezo biboneye wafashe n’amategeko y’ukuri,

kimwe n’amateka n’amabwiriza bitunganye.

14 Watumye umugaragu wawe Musa kubamenyesha isabato nziranenge,

abamenyesha amabwiriza n’amateka n’andi mategeko wabahaye.

15 “Bagize inzara ubagaburira umugati uturutse mu ijuru,

bagize inyota ubavuburira amazi mu rutare.

Waboherereje kwigarurira igihugu,

icyo warahiye ukomeje ko uzabagabira.

16 Ariko ba sogokuruza baragusuzuguye,

bashinga amajosi yabo ntibumvira amabwiriza yawe.

17 Banze kukumva birengagiza ibitangaza wabakoreye.

Bashinze amajosi barakugomera,

bitoranyijemo umuyobozi wo kubashorera,

kugira ngo bisubiriremu buja bwabo mu Misiri.

Nyamara kandi ntiwabaretse,

kuko uri Imana ibabarira, ugira ubuntu n’impuhwe,

utinda kurakara kandi wuje umurava.

18 Byongeye kandi bashongesheje ubutare,

babucuzemo ishusho y’ikimasa bavuga bati:

‘Ngiyi Imana yanyu yabavanye mu Misiri.’

Bityo baba baragusebeje cyane.

19 Ariko kubera impuhwe zawe nyinshi,

ntiwabaretse bonyine mu butayu.

Ku manywa ya nkingi y’igicu yakomeje kubayobora inzira.

Nijoro ya nkingi y’umuriro ikomeza kubamurikira inzira bagendagamo.

20 Wabahaye Mwuka wawe ugira neza kugira ngo abajijure,

ntiwahwemye kubaha manu yo kubatunga,

no kubaha amazi yo kubamara inyota.

21 Wabitayeho imyaka mirongo ine bari mu butayu,

ntibagize icyo bakena.

Imyambaro yabo ntiyigera isāza,

ibirenge byabo ntibyabyimba.

22 “Wabagabije ibihugu n’ababituye, byose urabibagabanya.

Bigarurira igihugu cy’Umwami Sihoni wari uganje i Heshiboni,

bigarurira n’igihugu cya Bashani cy’Umwami Ogi.

23 Wabahaye urubyaro nyamwinshi nk’inyenyeri zo ku ijuru,

urutuza muri cya gihugu wabwiye ba sekuruza babo kwigarurira.

24 Urubyaro rwabo rugeze muri icyo gihugu ruracyigarurira.

Imbere yarwo uganza Abanyakanāni bene igihugu barukomera yombi,

abami babo n’andi moko wabagabije Abisiraheli kugira ngo babagenze uko bashaka.

25 Bafashe imijyi izengurutswe n’inkuta,

bigaruriye igihugu kirumbuka,

bigarurira n’amazu yuzuye ibintu byiza byinshi.

Bigaruriye kandi amariba yari asanzwe afukuye neza,

bigaruriye n’imizabibu n’iminzenze,

bigarurira n’ibiti byinshi byera imbuto ziribwa.

Barariye barahaga barabyibuha,

badamaraye muri ibyo byiza wabahaye.

26 Nyamara baranze barakugomera,

baciye ku Mategeko yawe,

bageza ubwo bica n’abahanuzi,

abo wabatumagaho kugira ngo bakugarukire,

27 bityo baba baragusebeje cyane.

Wabagabije abanzi babo kugira ngo babakandamize,

bageze iwa ndabaga baragutakambira ubumva uri mu ijuru,

kubera impuhwe zawe nyinshi wabahaye abatabazi,

babagobotoye mu maboko y’abanzi babo.

28 Nyamara babona agahenge bakongera bakagucumuraho,

ukabagabiza abanzi babo kugira ngo babategeke.

Abantu bawe bakongera kugutakambira na none ukabumva uri mu ijuru,

kubera impuhwe zawe, ntiwahwemye kubatabara.

29 Warababuriraga kugira ngo bumvire amategeko yawe,

na bo bakagusuzugura bakanga amabwiriza wabahaye.

Bahinyuraga ibyemezo wafashe, bya bindi bituma umuntu ubikurikije abaho,

bya bindi bibeshaho buri muntu ubyubahiriza.

Bashingaga amajosi, bakazamura intugu ntibakumvire.

30 Uko imyaka ihise indi igataha warihanganaga,

wabatumagaho Mwuka wawe kugira ngo ababurire akoresheje abahanuzi.

Ntibabyitaho maze ubagabiza abanyamahanga.

31 Nyamara kubera impuhwe zawe nyinshi,

ntiwabatsembaho kandi ntiwabareka,

kuko uri Imana igira ubuntu n’impuhwe.

32 “None rero Mana yacu,

urakomeye kandi ufite ububasha n’igitinyiro,

ukomeza Isezerano waduhaye kandi uhorana urukundo.

Kuva igihe cy’abami bo muri Ashūrukugeza uyu munsi,

twebwe n’abami bacu n’abatware bacu,

n’abatambyi bacu n’abahanuzi bacu na ba sogokuruza,

twese ubwoko bwawe twagize amagorwa menshi.

Nuko rero ujye wibuka ibyo byose byatubabaje.

33 Muri ibyo byose byatugezeho twese,

wagaragaje ko uri intabera n’indahemuka,

naho twebwe twagiye duhemuka.

34 Abami bacu n’abatware bacu,

n’abatambyi kimwe na ba sogokuruza,

ntibakurikije Amategeko yawe,

ntibita ku mabwiriza n’imiburo byawe.

35 Bakiri mu bwami bwabo bigenga,

bagifite ibyiza wabahaye,

bakiri mu gihugu kigari kandi kirumbuka,

ntibigeze bakora ibyo ushaka,

cyangwa ngo bareke ibikorwa byabo bibi.

36 None rero dore abanyamahanga batugize abagaragu babo,

turi mu gihugu gakondo wagabiye ba sogokuruza,

kugira ngo batungwe n’imbuto n’ibyiza byacyo.

Nyamara twagizwe abagaragu,

37 kandi kubera ibyaha byacu,

umusaruro mwinshi w’iki gihugu wikubirwa n’abami watugabije,

uduhora ibyaha byacu.

Badutwara uko bashatse twe n’amashyo yacu.

Yewe, turi mu kaga gakomeye!”

Categories
Nehemiya

Nehemiya 10

Basezerana gukurikiza Amategeko y’Imana

1 Kubera ibyo byose byatubayeho twiyemeje gukurikiza amasezerano akubiye mu nyandiko, kandi abatware bacu n’Abalevi bacu n’abatambyi bacu bayashyiraho umukono.

2 Dore urutonde rw’abayashyizeho umukono:

Umutegetsi Nehemiya mwene Hakaliya, hakurikiyeho Sedekiya.

3 Hakurikiyeho Seraya na Azariya na Yeremiya,

4 Pashehuri na Amariya na Malikiya,

5 Hatushi na Shebaniya na Maluki,

6 Harimu na Meremoti na Obadiya,

7 Daniyeli na Ginetoni na Baruki,

8 Meshulamu na Abiya na Miyamini,

9 Māziya na Bilugayi na Shemaya. Abo bose bari abatambyi.

10 Abalevi bari Yoshuwa mwene Azaniya na Binuwi wakomokaga kuri Henadadi na Kadimiyeli,

11 na bene wabo ari bo Shebaniya na Hodiya, na Kelita na Pelaya na Hanani,

12 na Mika na Rehobu na Hashabiya,

13 na Zakuri na Sherebiya na Shebaniya wundi,

14 na Hodiya wundi na Bani na Beninu.

15 Naho ku ruhande rwa rubanda bari abatware b’aya mazu: iya Paroshi na Pahati-Mowabu na Elamu na Zatu na Bani,

16 na Buni na Azigadi na Bebayi,

17 na Adoniya na Bigivayi na Adini,

18 na Ateri na Hezekiya na Azuri,

19 na Hodiya na Hashumu na Besayi,

20 na Harifu na Anatoti na Nebayi,

21 na Magipiyashi na Meshulamu na Heziri,

22 na Meshezabēli na Sadoki na Yaduwa,

23 na Pelatiya na Hanani na Anaya,

24 na Hoseya na Hananiya na Hashubu,

25 na Haloheshi na Piliha na Shobeki,

26 na Rehumu na Hashabuna na Māseya,

27 na Ahiya na Hanani wundi na Anani,

28 na Maluki na Harimu na Bāna.

Amasezerano

29 Twebwe Abayahudi basigaye, abatambyi n’Abalevi, abarinzi b’Ingoro y’Imana n’abaririmbyi, abakozi bo mu Ngoro y’Imana kimwe n’abandi bantu bakurikije Amategeko yayo bakitandukanya n’abanyamahanga, twebwe n’abagore bacu n’abahungu n’abakobwa bacu bamaze guca akenge,

30 hamwe n’abavandimwe bacu b’ibikomerezwa, tugiranye amasezerano n’Imana. Turahiye ko tuzakurikiza Amategeko yayo yaduhaye iyanyujije ku mugaragu wayo Musa. Tuzumvira kandi dukurikize amabwiriza y’Uhoraho Nyagasani, n’ibyemezo yafashe n’amateka ye yose.

31 Byongeye kandi twiyemeje ko abakobwa bacu tutazabashyingira abanyamahanga twasanze muri iki gihugu, kandi n’abakobwa babo ntituzabasabira abahungu bacu.

32 Ku munsi w’isabato cyangwa se ku munsi mukuru uwo ari wo wose, abo banyamahanga nibatuzanira ingano cyangwa ikindi kintu icyo ari cyo cyose kugira ngo tugure, nta cyo tuzagura na bo. Na none kandi uko imyaka irindwi izajya ishira, tuzajya turaza imirima yacu kandi n’abaturimo imyenda bose tuyibaharire.

33 Twishyiriyeho n’amabwiriza ko buri mwaka umuntu wese azajya atanga umusoro w’igiceri cy’ifeza gipima garama enye, ukazajya ukoreshwa ku Ngoro y’Imana yacu.

34 Uwo musoro uzakoreshwa ku byerekeye imigati iturwa Imana, n’amaturo ya buri munsi akomoka ku binyampeke, n’ibitambo bya buri munsi bikongorwa n’umuriro n’ibiturwa ku munsi w’isabato, n’ibiturwa ku munsi ukwezi kwabonetseho cyangwa se ku yindi minsi mikuru. Uwo musoro kandi uzakoreshwa no ku maturo yeguriwe Imana no ku bitambo byo guhongerera ibyaha by’Abisiraheli, no ku yindi mirimo yose ikorwa ku Ngoro y’Imana yacu.

35 Twebwe abatambyi n’Abalevi na rubanda, twakoresheje ubufindo kugira ngo tumenye igihe cy’umwaka buri nzu izajya izaniraho amaturo y’inkwi z’Ingoro y’Imana yacu. Izo nkwi zizacanwa ku rutambiro rw’Uhoraho Imana yacu nk’uko byanditse mu Mategeko.

36 Twiyemeje kandi ko buri mwaka tuzajya tuzana mu Ngoro y’Uhoraho umuganura w’ibyeze mu mirima yacu, kimwe n’uw’ibiti byera imbuto ziribwa.

37 Nk’uko byanditse mu Mategeko, tuzajya tuzana abahungu bacu b’impfura tubegurire Imana yacu mu Ngoro yayo, kimwe n’uburiza bw’amatungo yacu. Tuzazana mu Ngoro y’Imana yacu uburiza bw’amatungo yacu maremare, n’ubw’amatungo yacu magufi, tubishyikirize abatambyi bashinzwe imirimo yo mu Ngoro y’Imana yacu.

38 Byongeye kandi tuzaha abatambyi ifu y’umuganura, n’umuganura w’ibinyampeke n’uw’imbuto ziribwa, n’uwa divayi yacu nshya n’uw’amavuta yacu, maze babishyire mu byumba by’ububiko bw’Ingoro y’Imana yacu. Abalevi kandi bazajya badusanga aho dukora mu mijyi dutuyemo, tubahe kimwe cya cumi cy’ibyeze mu mirima yacu.

39 Umutambyi ukomoka kuri Aroni ajye ajyana n’Abalevi igihe bagiye kwaka kimwe cya cumi. Abalevi na bo bagomba kujya bazana kimwe cya cumi cya kimwe cya cumi bakiriye, bakagishyira mu byumba by’ububiko bw’umutungo w’Ingoro y’Imana yacu.

40 Rubanda rw’Abisiraheli n’Abalevi bazajya bazana amaturo yabo y’ibinyampeke, n’aya divayi nshya n’ay’amavuta, babishyire mu byumba by’ububiko bw’ibikoresho by’Ingoro y’Imana, ari byo byumba abatambyi bafashe igihe abarinzi b’Ingoro n’abaririmbyi bacumbikamo.

Bityo ntituzatererana Ingoro y’Imana yacu.”

Categories
Nehemiya

Nehemiya 11

Abisiraheli baje gutura i Yeruzalemu

1 Abatware b’Abisiraheli batuye i Yeruzalemu mu bandi basigaye, hakoreshejwe ubufindo kugira ngo hatoranywe umuntu umwe ku icumi ature i Yeruzalemu umurwa w’Imana, naho icyenda ku icumi basigara mu mijyi gakondo yabo.

2 Abantu bashima abagabo bose biyemeje gutura muri Yeruzalemu.

3 Abategetsi bo mu gihugu cy’u Buyuda babaga i Yeruzalemu, naho abandi Bisiraheli harimo n’abatambyi n’Abalevi, n’abakozi bo mu Ngoro y’Imana n’abakomokaga ku bagaragu ba Salomo bari batuye mu mijyi y’u Buyuda, umuntu wese ari muri gakondo ye.

4 Ariko hari bamwe bo mu muryango wa Yuda, n’abo mu muryango wa Benyamini bari batuye muri Yeruzalemu.

Ataya wakomokaga kuri Uziya, na we wakomokaga kuri Zakariya wakomokaga kuri Amariya, na we wakomokaga kuri Shefatiya wakomokaga kuri Mahalalēli wo mu nzu ya Perēsi.

5 Hari kandi na Māseya wakomokaga kuri Baruki, na we wakomokaga kuri Kolihoze wakomokaga kuri Hazaya, na we wakomokaga kuri Adaya wakomokaga kuri Yoyaribu, na we wakomokaga kuri Zakariya wo mu nzu ya Shela.

6 Abagabo b’intwari bo mu nzu ya Perēsi bari batuye i Yeruzalemu, bose bari magana ane na mirongo itandatu n’umunani.

Salu wakomokaga kuri Meshulamu, na we wakomokaga kuri Yowedi wakomokaga kuri Pedaya, na we wakomokaga kuri Kolaya wakomokaga kuri Māseya, na we wakomokaga kuri Itiyeli wo mu nzu ya Yeshaya.

8 Hari kandi na Gabayi na Salayi. Ababenyamini bose bari magana cyenda na makumyabiri n’umunani.

9 Yoweli mwene Zikiri ni we wari umutware wabo, naho Yuda mwene Hasenuwa yari yungirije umutegetsi w’umurwa wa Yeruzalemu.

Yedaya mwene Yoyaribu na Yakini.

11 Hari na Seraya wakomokaga kuri Hilikiya, na we wakomokaga kuri Meshulamu wakomokaga kuri Sadoki, na we wakomokaga kuri Merayoti wo mu nzu ya Ahitubu wari ushinzwe Ingoro y’Imana,

12 hamwe na bene wabo magana inani na makumyabiri na babiri bakoraga mu Ngoro y’Imana.

Hari na Adaya wakomokaga kuri Yerohamu, na we wakomokaga kuri Pelaliya wakomokaga kuri Amusi, na we wakomokaga kuri Zakariya wakomokaga kuri Pashehuri wo mu nzu ya Malikiya,

13 yari kumwe na bene wabo b’abatware b’amazu yabo. Bose hamwe bari magana abiri na mirongo ine na babiri. Hari kandi na Amashisayi wakomokaga kuri Azarēli, na we wakomokaga kuri Ahazayi wakomokaga kuri Meshilemoti wo mu nzu ya Imeri,

14 yari kumwe na bene wabo b’intwari ijana na makumyabiri n’umunani. Zabudiyeli mwene Hagedolimu ni we wari umutware wabo.

Shemaya wakomokaga kuri Hashubu, na we wakomokaga kuri Azirikamu wo mu nzu ya Hashabiya wo mu nzu ya Buni,

16 yari hamwe n’abakuru b’Abalevi ari bo Shabetayi na Yozabadi, bari bashinzwe imirimo yo hanze y’Ingoro y’Imana.

17 Hari na Mataniya wakomokaga kuri Mika, na we wakomokaga kuri Zabudi wo mu nzu ya Asafu, akaba yari ashinzwe gutera indirimbo mu gihe cyo gusenga. Hari kandi Bakibukiya umwe mu bavandimwe ba Mataniya, akaba yari amwungirije. Hari na Abuda wakomokaga kuri Shamuwa, na we wakomokaga kuri Galali wo mu nzu ya Yedutuni.

18 Abalevi bose bari mu murwa w’Imana bari magana abiri na mirongo inani na bane.

Akubu na Talimoni hamwe na bene wabo bari bashinzwe kurinda amarembo y’Ingoro, bari ijana na mirongo irindwi na babiri.

20 Abandi Bisiraheli bose basigaye, ni ukuvuga rubanda n’abatambyi n’Abalevi bari batuye mu yindi mijyi y’u Buyuda, umuntu wese ari muri gakondo ye.

21 Abakozi bo mu Ngoro y’Imana babaga mu gace ko muri Yeruzalemu kitwa Ofeli. Abatware babo bari Sīha na Gishipa.

22 Umutware w’Abalevi b’i Yeruzalemu yari Uzi wakomokaga kuri Bani, na we wakomokaga kuri Hashabiya wakomokaga kuri Mataniya wo mu nzu ya Mika. Uzi yari uwo mu nzu ya Asafu, abakomokaga muri iyo nzu bari bashinzwe kuririmba mu Ngoro y’Imana.

23 Abaririmbyi bagengwaga n’amabwiriza y’umwami, akaba ari na yo yabageneraga ibyo bakoraga buri munsi.

24 Petahiya wakomokaga kuri Meshezabēli wo mu nzu ya Zera mwene Yuda, ni we wari uhagarariye umwami agakemura ibibazo by’abaturage bose.

Uko Abisiraheli batujwe mu yindi mijyi

25 Ku byerekeye indi mijyi abantu bamwe bo mu muryango wa Yuda batuye mu mujyi wa Kiriyati-Aruba, no mu nsisiro zihegereye. Abandi batura mu mujyi wa Diboni no mu nsisiro zihegereye, abandi batura mu wa Yekabusēli no mu nsisiro zihegereye,

26 no mu mujyi witwaga Yeshuwa no mu wa Molada no mu wa Beti-Peleti,

27 no mu wa Hasari-Shuwali no mu wa Bērisheba no mu nsisiro zihegereye.

28 Abandi batura mu mujyi wa Sikulagi n’uwa Mekona no mu nsisiro zihegereye.

29 Abandi batura mu mujyi wa Enirimoni n’uwa Sora n’uwa Yarimuti,

30 n’uwa Zanowa n’uwa Adulamu no mu nsisiro zihegereye. Abandi batuye mu mujyi wa Lakishi n’ahegeranye na ho, no mu wa Azeka no mu nsisiro zihegereye. Bityo batuye mu majyepfo y’igihugu bahereye i Bērisheba, naho mu majyaruguru bakagarurwa n’akabande ka Hinomu.

31 Abantu bo mu muryango wa Benyamini batuye mu mujyi wa Geba no mu wa Mikimasi, no mu wa Aya no mu wa Beteli no mu nsisiro zihegereye.

32 Abandi batuye mu mujyi wa Anatoti, no mu wa Nobu no mu wa Ananiya,

33 no mu wa Hasori no mu wa Rama no mu wa Gitayimu,

34 no mu wa Hadidi no mu wa Seboyimu no mu wa Nebalati,

35 no mu wa Lodi no mu wa Ono, naho abandi batura mu kibaya cy’Abanyabukorikori.

36 Bamwe mu Balevi bo mu ntara ya Yuda bagiye kwiturira mu ntara ya Benyamini.

Categories
Nehemiya

Nehemiya 12

Urutonde rw’amazina y’abatambyi n’Abalevi

1 Dore amazina y’abatambyi n’Abalevi batahutse bava aho bari barajyanywe ho iminyago. Baje bayobowe na Zerubabeli mwene Salatiyeli hamwe na Yeshuwa.

Abo ni Seraya na Yeremiya na Ezira,

2 na Amariya na Maluki na Hatushi,

3 na Shekaniya na Rehumu na Meremoti,

4 na Ido na Ginetoyi na Abiya,

5 na Miyamini na Madiya na Biluga,

6 na Shemaya na Yoyaribu na Yedaya,

7 na Salu na Amoki na Hilikiya na Yedaya wundi. Abo ni bo bari abatware b’amazu y’abatambyi n’aya bene wabo mu gihe cya Yeshuwa.

8 Naho Abalevi bari Yoshuwa na Binuwi na Kadimiyeli, na Sherebiya na Yuda na Mataniya. Mataniya afatanyije na bene wabo, yari ashinzwe gutera indirimbo zo gusingiza Imana.

9 Naho Bakibukiya na Uni na bene wabo, bagahagarara bateganye na bo kugira ngo babikirize.

Abakomoka kuri Yeshuwa Umutambyi Mukuru

10 Yeshuwa yabyaye Yoyakimu, Yoyakimu abyara Eliyashibu, Eliyashibu na we abyara Yoyada,

11 Yoyada abyara Yonatani, Yonatani na we abyara Yaduwa.

Abatware b’amazu y’Abatambyi

12 Igihe Yoyakimu yari Umutambyi mukuru, aba bakurikira ni bo bari abatware b’amazu y’abatambyi: umutware w’inzu ya Seraya yari Meraya, uw’inzu ya Yeremiya yari Hananiya.

13 Umutware w’inzu ya Ezira yari Meshulamu, uw’inzu ya Amariya yari Yehohanani.

14 Uw’inzu ya Maluki yari Yonatani, uw’inzu ya Shebaniyayari Yozefu.

15 Uw’inzu ya Harimu yari Adina, uw’inzu ya Merayoti yari Helikayi.

16 Uw’inzu ya Ido yari Zakariya, uw’inzu ya Ginetoni yari Meshulamu.

17 Umutware w’inzu ya Abiya yari Zikiri, uw’inzu ya Miniyamini, uw’inzu ya Mowadiya yari Pilutayi.

18 Uw’inzu ya Biluga yari Shamuwa, uw’inzu ya Shemaya yari Yehonatani.

19 Umutware w’inzu ya Yoyaribu yari Matenayi, uw’inzu ya Yedaya yari Uzi.

20 Uw’inzu ya Salayi yari Kalayi, uw’inzu ya Amoki yari Eberi.

21 Uw’inzu ya Hilikiya yari Hashabiya, naho umutware w’inzu ya Yedaya yari Netanēli.

Igitabo cyanditwemo imiryango y’Abatambyi n’Abalewi

22 Igihe Eliyashibu na Yoyada na Yohanani na Yaduwa bari Abatambyi bakuru, amazina y’abatware b’amazu y’Abalevi kimwe n’ay’abatware b’amazu y’abatambyi, yandikwaga mu bitabo kugeza ku ngoma ya Dariyusiumwami w’u Buperesi.

23 Ndetse igihe Yohanani umwuzukuru wa Eliyashibu yari Umutambyi mukuru, amazina y’abakuru b’imiryango y’Abalevi yari yanditse no mu bitabo by’amateka y’ibintu bikomeye byabayeho.

Inshingano mu Ngoro y’Imana

24 Abatware b’amazu y’Abalevi ari bo Hashabiya na Sherebiya na Yoshuwa mweneKadimiyeli, bahagararaga bateganye n’abandi Balevi bene wabo bikiranya, iyo cyabaga ari igihe cyo gushimira Imana no kuyisingiza. Bityo bagakurikiza amabwiriza yatanzwe na Dawidi umuntu w’Imana.

25 Abarinzi b’Ingoro y’Imana ari bo Mataniya na Bakibukiya na Obadiya, na Meshulamu na Talimoni na Akubu, bari bashinzwe kurinda amazu yabikwagamo ibintu yari hafi y’amarembo y’iyo Ngoro.

26 Bakoraga iyo mirimo igihe Yoyakimi mwene Yeshuwa wa Yosadaki yari Umutambyi mukuru, no mu gihe cy’umutegetsi Nehemiya na Ezira umutambyi n’umwigishamategeko.

Itahwa ry’urukuta rwa Yeruzalemu

27 Ubwo batahaga urukuta ruzengurutse Yeruzalemu batumije Abalevi aho babaga hose, kugira ngo baze i Yeruzalemu kwizihiza mu byishimo umunsi mukuru wo gutaha urwo rukuta, kandi ngo basingize Imana bavuza ibyuma birangīra, bacuranga inangaz’indoha n’inanga nyamuduri.

28 Bakoranyije kandi abaririmbyi bo mu karere ka Yeruzalemu baturukaga mu nsisiro z’i Netofa,

29 n’iz’i Betigilugali no mu cyaro kiri hafi ya Geba na Azimaveti. Koko rero abaririmbyi bari bariyubakiye insisiro ahakikije Yeruzalemu.

30 Abatambyi n’Abalevi bamaze gukora umuhango wo kwihumanura, bawukorera na rubanda n’amarembo y’umurwa kimwe n’urukuta rwawo.

31 Nuko mbwira abatware b’u Buyuda kurira urukuta, maze ndema imitwe ibiri minini y’abaririmbyi. Umwe unyura iburyo, ugenda hejuru y’urukuta werekeje ku Irembo ry’Imyanda.

32 Abari muri uwo mutwe bakurikiwe na Hoshaya na kimwe cya kabiri cy’abatware b’u Buyuda,

33 hakurikiraho Azariya na Ezira na Meshulamu,

34 na Yuda na Benyamini na Shemaya na Yeremiya.

35 Hakurikiraho abatambyi bafite impanda. Na bo bagakurikirwa na Zakariya wakomokaga kuri Yonatani, na we wakomokaga kuri Shemaya wakomokaga kuri Mataniya, na we wakomokaga kuri Mikaya wakomokaga kuri Zakuri wo mu nzu ya Asafu.

36 Yari hamwe na bene wabo ari bo Shemaya na Azarēli na Milalayi, na Gilalayi na Mayi na Netanēli, na Yuda na Hanani. Bari bafite ibikoresho bya muzika byari byarashyizweho na Dawidi umuntu w’Imana. Ubwo kandi umwigishamategeko Ezira ni we wari ubarangaje imbere.

37 Bageze ku Irembo ry’Iriba, bararomboreza bagera ku ngazi zijya mu Murwa wa Dawidi. Bazamuka ingazi zijya hejuru y’urukuta bakomeza haruguru y’ingoro y’Umwami Dawidi, barasuka ku Irembo ry’Amazi ry’iburasirazuba bw’umurwa wa Yeruzalemu.

38 Umutwe wa kabiri w’abaririmbyi ugenda werekeje ibumoso. Ndabashorera tugenda hejuru y’urukuta, duherekejwe na kimwe cya kabiri cya rubanda. Tunyura iruhande rw’Umunara w’Amafuru, tugera aho urukuta rutangirira kuba rugari.

39 Tunyura hejuru y’Irembo rya Efurayimu, no hejuru y’Irembo rya Yeshana, no hejuru y’Irembo ry’Amafi. Turakomeza tunyura ku munara wa Hananēli no ku munara w’Ijana, no hejuru y’Irembo ry’Intama. Tugeze ku Irembo ry’Abarinzi turahagarara.

40 Imitwe yombi y’abaririmbyi ihurira ku Ngoro y’Imana, maze irahagarara. Nuko nanjye n’abatware twari kumwe turahagarara,

41 kimwe n’abatambyi bari bafite impanda ari bo Eliyakimu na Māseya na Miniyamini, na Mikaya na Eliyowenayi na Zakariya na Hananiya.

42 Hari kandi na Māseya wundi na Shemaya na Eleyazari, na Uzi na Yohanani na Malikiya, na Elamu na Ezeri. Abaririmbyi bayobowe na Izirahiya barangurura amajwi bararirimba.

43 Kuri uwo munsi hatambwe ibitambo byinshi, abagabo bari bishimye kuko Imana yari yatumye bishima cyane. Abagore n’abana na bo barishimye, ku buryo urusaku rw’ibyishimo by’abari i Yeruzalemu rwumvikaniraga kure cyane.

Ibyagenewe abatambyi n’Abalevi

44 Icyo gihe kandi hashyizweho abagabo bashinzwe kurinda ibyumba by’ububiko bw’umutungo w’Ingoro y’Imana, n’iby’amaturo n’iby’umuganura n’iby’imigabane ya kimwe cya cumi. Nk’uko Amategeko yabiteganyaga, abo bagabo bajyaga mu mijyi ituwemo n’abahinzi bakabaka imigabane y’ibyo bejeje yagenewe abatambyi n’Abalevi. Abaturage b’u Buyuda bose bari bishimiye ukuntu abatambyi n’Abalevi bakoraga imirimo yabo.

45 Bakoraga imirimo Imana yabashinze, bakita no ku mihango yo guhumanura ibintu. Abaririmbyi na bo kimwe n’abarinzib’Ingoro y’Imana, bakurikizaga amabwiriza yatanzwe n’Umwami Dawidi n’umuhungu we Salomo.

46 Koko rero kuva kera mu gihe cya Dawidi na Asafu, habagaho abayobozi b’imitwe y’abaririmbyi, akaba ari bo bayobora indirimbo zo gushima n’izo gusingiza Imana.

47 Bityo no mu gihe cya Zerubabeli no mu cya Nehemiya, buri munsi Abisiraheli bose batangaga imigabane yagenewe abaririmbyi n’abarinzi. Batangaga kandi n’imigabane yagenewe abandi Balevi. Abalevi na bo ku byo bahawe bagatanga imigabane yeguriwe abakomokaga kuri Aroni, ni ukuvuga abatambyi.

Categories
Nehemiya

Nehemiya 13

Ivugurura Nehemiya yakoze

1 Muri icyo gihe ubwo basomeraga abantu mu gitabo cya Musa, basanze hari ahanditse ko nta na rimwe Abamoni n’Abamowabu bakwiye kwemererwa kwifatanya n’ubwoko bw’Imana.

2 Impamvu ni uko batari basanganiye Abisiraheli kugira ngo babahe ibyokurya n’ibyokunywa. Ibiri amambu Abamowabu baguriye Balāmu ngo aze kuvuma Abisiraheli, uretse ko uwo muvumo Imana yacu yawuhinduye umugisha.

3 Abisiraheli bumvise iryo tegeko biyemeza kwitandukanya n’uruvange rw’abanyamahanga bose.

Impinduka zakozwe na Nehemiya

4 Ariko ibyo bitaraba, umutambyi Eliyashibu yari yarashinzwe gucunga ibyumba by’ububiko byari bifatanye n’Ingoro y’Imana.

5 Kubera ko yari incuti ya Tobiya, amucumbikira mu cyumba kinini cyari cyaragenewe kubikwamo amaturo y’ibinyampeke n’ay’imibavu, kimwe n’ibikoresho by’Ingoro y’Imana. Icyo cyumba kandi cyari cyaragenewe kubikwamo kimwe cya cumi cy’ingano n’icya divayi nshya n’icy’amavuta, bikaba byari byaragenewe Abalevi n’abaririmbyi kimwe n’abarinzi b’Ingoro y’Imana, nk’uko Amategeko yabiteganyaga. Icyo cyumba kandi cyabikwagamo n’amaturo yagenewe abatambyi.

6 Ibyo byose byabaye ntari i Yeruzalemu, kuko mu mwaka wa mirongo itatu n’ibiri Umwami Aritazeruzi w’i Babiloniari ku ngoma, nari naramusanze. Nuko hashize igihe nsaba umwami uruhusa

7 maze ngaruka i Yeruzalemu. Mpageze menya ko Eliyashibu yakoze ishyano, agacumbikira Tobiya mu cyumba cyo mu rugo rw’Ingoro y’Imana.

8 Biranshegesha cyane maze mfata ibintu bya Tobiya byose, mbisohora muri icyo cyumba mbita hanze.

9 Nuko ntegeka ko bakora umuhango wo guhumanura ibyo byumba, maze nsubizamo ibikoresho byo mu Ngoro y’Imana n’amaturo y’ibinyampeke n’imibavu.

10 Menya kandi ko Abalevi batahawe imigabane yabagenewe, maze bigatuma Abalevi n’abaririmbyi bata imirimo bashinzwe, buri wese akisubirira muri gakondo ye.

11 Nuko ntonganya abatware b’Abayahudi ndababaza nti: “Ni iki cyatumye mwemera ko Ingoro y’Imana yandagara?” Nuko ngarura Abalevi n’abaririmbyi ku mirimo yabo.

12 Abayahudi bose bazana kimwe cya cumi cy’ingano n’icya divayi nshya n’icy’amavuta, babishyira mu byumba by’ububiko.

13 Inzu y’ububiko nyishinga umutambyi Shelemiya n’umwigishamategeko Sadoki, n’Umulevi Pedaya, bari bungirijwe na Hanani mwene Zakuri wa Mataniya. Abo bagabo bari bazwi ko ari inyangamugayo, kandi umurimo wabo wari uwo kugabanya bagenzi babo ibyo bari bagenewe guhabwa.

14 Mana yanjye, ujye unyibuka kubera ibyo bikorwa byanjye, kandi ntuzibagirwe umurava nabikoranye mparanira Ingoro yawe n’imirimo iyikorerwamo.

15 Muri iyo minsi, mbona abantu bo mu gihugu cy’u Buyuda benga imbuto z’imizabibu mu mivure ku munsi w’isabato. Mbona n’abandi bazana indogobe zabo bazihekesheje ingano na divayi n’imbuto z’imizabibu, n’iz’imitini n’indi mitwaro y’ubwoko bwose, babizanye muri Yeruzalemu ku munsi w’isabato. Nuko ndabihanangiriza ngo be kugira icyo bagurisha kuri uwo munsi.

16 Byongeye kandi Abanyatiribabaga i Yeruzalemu, bazanaga amafi n’ibindi bicuruzwa by’ubwoko bwose, bakabigurishirizayo babigura n’Abayahudi ku munsi w’isabato.

17 Nuko ntonganya abanyacyubahiro bo mu Bayahudi ndababwira nti: “Ni iki cyatumye mukora ishyano rimeze rityo, mugatesha agaciro umunsi w’isabato?

18 Mbese uko si ko ba sogokuruza bagenzaga bigatuma Imana yacu iduteza ibyago, ndetse ikabiteza n’uyu murwa? None namwe muragira ngo Imana yongere irakarire Abisiraheli bitewe no gutesha agaciro isabato?”

19 Nuko ku munsi ubanziriza isabato bumaze kugoroba, ntegeka ko inzugi z’amarembo ya Yeruzalemu zifungwa, kandi ko zitazafungurwa isabato itararangira. Ndetse bamwe mu bakozi banjye mbashyira ku marembo y’umurwa, kugira ngo barebe ko hari umutwaro winjizwa muri Yeruzalemu ku munsi w’isabato.

20 Nuko abacuruzaga n’abadandazaga ibintu by’amoko menshi, barara inyuma y’umujyi wa Yeruzalemu rimwe cyangwa kabiri.

21 Nuko mbihanangiriza mbabwira nti: “Ni iki gituma murara inyuma y’urukuta rw’umujyi? Nimwongera nzabafatisha.” Kuva ubwo ntibongera kugaruka ku munsi w’isabato.

22 Mperako ntegeka Abalevi gukora umuhango wo kwihumanura no kujya kurinda amarembo y’umurwa, kugira ngo umunsi w’isabato ube weguriwe Imana.

Mana yanjye ujye unyibuka, kandi kubera urukundo rwawe rwinshi ujye ungirira imbabazi.

23 Muri iyo minsi kandi mbona abagabo b’i Buyuda bashatse Abanyashidodikazi, n’Abamonikazin’Abamowabukazi.

24 Kimwe cya kabiri cy’abana babo bavugaga ikinyashidodi, cyangwa indimi z’andi mahanga ayo ari yo yose, nyamara nta n’umwe muri bo wabashaga kuvuga igiheburayi.

25 Nuko ndabatonganya ndanabavuma, ndetse abagabo bamwe bo muri bo ndabakubita, mbapfura n’imisatsi. Mbarahiza mu izina ry’Imana ngira nti: “Abakobwa banyu ntimukabashyingire abahungu b’abanyamahanga, n’abahungu banyu ntimukabashakire abakobwa babo, cyangwa ngo namwe mubashake ho abagore mushyingiranwe na bo.

26 Mbese bene ibyo si byo byatumye Salomo umwami w’Abisiraheli acumura ku Mana? Mu mahanga yose ntihigeze habaho umwami uhwanye na we. Imana yaramukundaga,ndetse ni yo yamwimitse imugira umwami w’Abisiraheli bose. Nyamara na we ubwe, abagore b’abanyamahangakazi baramushutse aracumura.

27 None namwe tubemerere gukora ishyano nk’iryo, mushake abanyamahangakazi bityo mucumure ku Mana yacu?”

28 Umwe mu bahungu ba Yoyada wakomokaga kuri Eliyashibu Umutambyi mukuru, yari umukwe w’Umunyahoroni Sanibalatimaze muca muri Yeruzalemu.

29 Mana yanjye, ujye ubibuka kubera ko batesheje agaciro umurimo w’ubutambyi, bakica n’amasezerano wagiranye n’abatambyi n’Abalevi.

30 Nguko uko nabatunganyije nkabatandukanya n’ibyabahumanya byose, nsubizaho n’imirimo y’abatambyi n’Abalevi kugira ngo buri muntu akore icyo yari ashinzwe.

31 Nashubijeho n’amabwiriza agenga amaturo y’inkwizagombaga gutangwa mu bihe byagenwe, n’ay’amaturo y’umuganura.

Mana yanjye, ujye unyibuka ungirire neza.

Categories
Esiteri

Esiteri 1

Ibirori by’Umwami Ahashuwerusi

1 Ngaya amateka y’ibyabaye ku ngoma y’Umwami Ahashuwerusi,wategekaga ibihugu ijana na makumyabiri na birindwi ahereye mu Buhindi akageza i Kushi,

2 Icyo gihe Umwami Ahashuwerusi yari aganje mu kigo ntamenwa cy’ibwami i Shushani,

3 Nuko mu mwaka wa gatatu Umwami Ahashuwerusi ari ku ngoma, akoresha ibirori maze abitumiramo abaminisitiri be n’abatware be, abagaba b’ingabo z’Abaperesi n’iz’Abamedi, n’ibikomangoma n’abategetsi b’ibihugu bye bose.

4 Umwami yamaze amezi atandatu yerekana ubukungu butangaje n’ibindi bintu by’agaciro, bigaragaza ikuzo ry’ubwami bwe n’ubuhangange bwe.

5 Icyo gihe kirangiye umwami atumira mu birori by’iminsi irindwi, abakomeye n’aboroheje bose bo mu kigo ntamenwa cy’ibwami i Shushani. Ibyo birori byabereye mu busitani bw’ingoro y’umwami.

6 Aho hantu hari harimbishijwe imyenda y’umweru n’iy’isine, yari imanikishije imishumi y’umweru n’iy’umutuku wijimye, ifashe ku mpeta zikozwe mu ifeza, zishimangiye mu nkingi z’amabuye yitwa marumari.Amafoteyi anepaakozwe mu izahabu no mu ifeza yari ateguwe ahantu hashashe amabuye ya marumari y’amabara atukura n’ay’umweru, n’ay’umukara n’andi y’agaciro,

7 kandi banyweshaga ibikombe by’izahabu by’amoko anyuranye. Koko rero divayi yari nyinshi, umwami yari yabadabagije.

8 Umuntu wese yanywaga icyo ashaka, kuko umwami yari yarahaye abanyagikari be amabwiriza yo guhereza abatumirwa icyo bifuza cyose.

9 Umwamikazi Vashiti na we yari yateguriye abagore ibirori ikambere, mu ngoro y’Umwami Ahashuwerusi.

Umwamikazi Vashiti asendwa

10 Ku munsi wa karindwi umwami asābwa n’ibyishimo kubera divayi yari yanyoye, maze ahamagara ibyegera bye birindwi by’inkonebyari bishinzwe kumukorera, ari byo Mehumani na Bizeta, na Haribona na Bigeta, na Abageta na Zetari na Karekasi.

11 Nuko abategeka kumuzanira Umwamikazi Vashiti atamirije ikamba, kugira ngo aratire abaminisitiri be n’abandi batumirwa uburanga bw’uwo mwamikazi, kuko yari mwiza cyane.

12 Ibyo byegera bigeza ubutumwa bw’umwami kuri Vashiti, maze yanga kuza. Umwami ararakara cyane umujinya wenda kumwica.

13 Umwami yari asanzwe ageza ikibazo cyose kirebana n’amategeko n’ubutabera ku bajyanama, n’abahanga mu by’amategeko n’umuco w’igihugu.

14 Muri abo harimo uwitwa Karishena na Shetari na Adimata, na Tarushishi na Meresi, na Marisena na Memukani. Abo uko ari barindwi bari abaminisitiri b’u Buperesin’u Bumedi, bashinzwe imyanya ya mbere y’ingenzi mu bwami bwe kandi bari bafite uburenganzira bwo kubonana n’umwami.

15 Umwami arababwira ati: “Natumye ibyegera byanjye ku Mwamikazi Vashiti aransuzugura yanga kuza. None se dushingiye ku mategeko, twamugenza dute?”

16 Uwitwa Memukani afata ijambo, abwira umwami n’abaminisitiri be ati: “Nyagasani Mwami Ahashuwerusi, si wowe wenyine umwamikazi Vashiti yasuzuguye, ahubwo natwe abaminisitiri bawe, kimwe n’abandi bagabo bo mu bihugu byose utegeka yadusuzuguye.

17 Koko rero imyifatire y’umwamikazi izakwira mu bagore bose, ibatere gusuzugura abagabo babo. Bazajya bavuga bati: ‘Umwami Ahashuwerusi yategetse ko bazana umwamikazi ariko yanga kuza!’

18 None uhereye uyu munsi abagore b’abaminisitiri b’u Buperesi n’u Bumedi, nibumva iyo myifatire y’umwamikazi na bo bazajya basuzugura. Bityo ako gasuzuguro karakaze abo bagabo babo.

19 Bityo rero nyagasani, niba bikunogeye uce iteka ridakuka ryandikwe mu mategeko y’u Buperesi n’u Bumedi, rivuga ko Vashiti atazigera yongera guhinguka imbere y’umwami, ahubwo ko umwanya w’umwamikazi uhawe undi mugore umurusha ubupfura.

20 Iryo teka ugiye guca ritangazwe mu bihugu by’ubwami bwawe bugari, umugore wese yubahe umugabo we, yaba ukomeye cyangwa uworoheje.”

21 Iyo nama ya Memukani inyura umwami n’abaminisitiri be, maze umwami yiyemeza kuyikurikiza.

22 Nuko yohereza inzandiko mu bihugu byose by’ubwami bwe, zanditswe bakurikije imyandikire ya buri gihugu n’indimi z’abagituye. Izo nzandiko zemezaga ko umugabo wese ari umutware iwe, kandi ko ahubahiriza ururimi rwe kavukire.

Categories
Esiteri

Esiteri 2

Esiteri aba umwamikazi

1 Nyuma y’ibyo Umwami Ahashuwerusi amaze gucururuka, yibuka ibyo Vashiti yakoze n’iteka yamuciriyeho.

2 Abatoni b’umwami bashinzwe kumuba hafi bamugīra inama bati: “Nibagushakire abāri birinze kandi bafite uburanga.

3 None rero shyiraho abantu mu bihugu byose by’ubwami bwawe, ubashinge kuzana abakobwa bose bafite uburanga mu nzu yo mu gikari cy’ingoro, yo mu kigo ntamenwa cy’ibwami i Shushani. Icyegera cyawe cy’inkone Hegayi ushinzwe abo mu nzu yo mu gikari, azabiteho abahe amavuta yo kwisīga kugira ngo barusheho kuba beza.

4 Nuko nyagasani, umukobwa uzakunyura azabe umwamikazi mu mwanya wa Vashiti.” Umwami ashima iyo nama maze arayemera.

5 Mu kigo ntamenwa cy’ibwami i Shushani habaga Umuyahudi witwaga Moridekayi mwene Yayiri, mwene Shimeyi mwene Kishiwo mu muryango wa Benyamini.

6 Moridekayi uwo yari umwe mu bajyanywe ho iminyagona Nebukadinezari umwami wa Babiloniya, amukuye i Yeruzalemu hamwe n’izindi mfungwa zarimo umwami w’u Buyuda witwaga Yoyakini.

7 Moridekayi ni we wari warasigaranye Hadasa, mushiki we wo kwa se wabo, ari na we bitaga Esiteri. Yari yarapfushije se na nyina maze Moridekayi amugira umwana we. Uwo mukobwa yari afite uburanga n’igikundiro.

8 Nuko umwami aca iteka itegeko riratangazwa, abakobwa benshi b’inkumi bakoranyirizwa mu kigo ntamenwa cy’ibwami i Shushani, bashyikirizwa Hegayi umurinzi w’abakobwa bagenewe umwami. Muri abo bakobwa bazanamo na Esiteri.

9 Esiteri anyura Hegayi ndetse amutonaho, maze Hegayi amuha amavuta yo kwisīga n’ibyo kumutunga kugira ngo arusheho kuba mwiza. Amuha n’abaja barindwi batoranyijwe mu bo mu ngoro, yimura Esiteri hamwe n’abaja be, amujyana mu nzu nziza yagenewe abagore bateganyirijwe kuba ab’umwami.

10 Esiteri ntabwo yari yarigeze avuga ubwenegihugu bwe cyangwa umuryango we, kubera ko Moridekayi yari yarabimubujije.

11 Buri munsi Moridekayi yagendagendaga imbere y’inzu y’abagore b’umwami, akabaririza uko Esiteri amerewe n’icyo ateganyirijwe.

12 Mbere yo gushyīrwa Umwami Ahashuwerusi, buri mukobwa yagombaga kubahiriza amabwiriza yerekeye uburanga bwe mu gihe cy’amezi cumi n’abiri. Amezi atandatu abanza yabaga ayo kwisīga amavuta, atandatu aheruka akaba ayo kwitera amarashi n’ibindi bihumura neza bya kigore.

13 Iyo umukobwa yavaga mu nzu irinzwe na Hegayi maze agashyirwa umwami ikambere, bamuhaga ibyo akeneye kujyana byose.

14 Yagendaga nimugoroba akavayo mu gitondo, agashyirwa mu nzu y’abagore agashyikirizwa uwitwaga Shashigazi, icyegera cy’umwami cyari inkone cyarindaga inshoreke ze. Ntiyigeraga asubira ku mwami, keretse iyo yabaga amwifuje akamuhamagaza.

15 Esiteri umukobwa wa Abihayili, uwo Moridekayi mwene se wabo yagize umwana we, aramukirwa gusanga umwami. Nuko Esiteri ntiyagira ikindi asaba Hegayi inkone y’umwami yari imushinzwe, uretse ibyo yari yamugeneye gusa. Abantu bose babonaga Esiteri bamwifurizaga ibyiza.

16 Esiteri yashyiriwe Umwami Ahashuwerusi mu ngoro ye, mu kwezi kwa Tebetimu mwaka wa karindwi ari ku ngoma.

17 Nuko Esiteri anyura umwami kurusha abandi bakobwa bose bamubanjirije, maze amutonaho. Umwami amwambika ikamba ku mutwe, amugira umwamikazi mu mwanya wa Vashiti.

18 Umwami akorera Esiteri ibirori bikomeye, abitumiramo abaminisitiri n’abatware be bose. Atangaza ko abaturage bo mu bihugu by’ubwami bwe basonewe umusoro uwo mwaka, kandi abakwiza impano za cyami.

Moridekayi atahura ubugambanyi

19 Igihe bongeraga gukoranya abakobwa b’inkumi, Moridekayi yari umukozi aho binjiriraga bajya ibwami.

20 Esiteri yari ataravuga ubwenegihugu bwe n’ubwoko bwe, kubera ko Moridekayi yari yarabimubujije. Esiteri akomeza kumwumvira nk’igihe yari akimurera.

21 Igihe Moridekayi yakoraga ibwami, ibyegera by’inkone byari bishinzwe kurinda ingoro ari byo Bigitani na Tereshi, barakariye umwami maze bafata umugambi wo kumwica.

22 Ariko Moridekayi atahura ubugambanyi bwabo, ahita abimenyesha Umwamikazi Esiteri, na we abigeza ku mwami mu izina rya Moridekayi.

23 Nuko bakora iperereza basanga icyo cyaha kibahama, maze ibyo byegera babihanisha kubimanika. Umwami ubwe ategeka ko byandikwa mu gitabo cy’amatekay’ibyo ku ngoma ye.

Categories
Esiteri

Esiteri 3

Hamani ategura umugambi wo gutsemba Abayahudi

1 Nyuma y’ibyo Umwami Ahashuwerusi azamura mu mwanya w’icyubahiro Hamani mwene Hamedata ukomoka kuri Agagi, amugira Minisitiri w’intebe.

2 Umwami ategeka abakozi bose b’ibwami kujya būbaha Hamani bakamupfukamira, ariko Moridekayi we ntiyamwubahaga ngo amupfukamire.

3 Abandi bakozi b’ibwami bakamubaza bati: “Kuki utumvira itegeko ry’umwami?”

4 Uko bukeye bakabimubaza ariko ntabyiteho. Aho bigeze Moridekayi ababwira ko ari Umuyahudi, maze babimenyesha Hamani kugira ngo barebe ko azakomeza kumusuzugura.

5 Hamani abonye ko Moridekayi yanze rwose kumupfukamira ngo amuhe icyubahiro, aramurakarira cyane.

6 Bari baramubwiye ko Moridekayi ari Umuyahudi, ibyo kumwica wenyine asanga bidahagije maze yiyemeza kumutsembana n’ubwoko bwe, ni ukuvuga Abayahudi bose bari batuye mu bwami bwa Ahashuwerusi.

7 Mu mwaka wa cumi n’ibiri Umwami Ahashuwerusi ari ku ngoma, mu kwezi kwa Nisani,Hamani araguza inzuzi zitwa Purimu kugira ngo amenye umunsi n’ukwezi azasohorezaho umugambi we. Inzuzi zerekana ukwezi kwa Adari.

8 Nuko Hamani abwira Umwami Ahashuwerusi ati: “Nyagasani, hari ubwoko buteye ukundi buri hirya no hino mu bandi baturage b’ibihugu byawe. Abo bantu barironda kandi umuco wabo nta ho uhuriye n’uw’andi moko, ntabwo bigera bumvira amategeko yawe, nta mpamvu yo kubareka ngo bakomeze batyo.

9 None rero nyagasani, niba bikunogeye nimutange itegeko ryo kubatsemba. Ibyo bizatuma nshyikiriza abashinzwe umutungo w’umwami ibikoroto by’ifeza ibihumbi icumi.”

10 Umwami aherako yikuramo impeta mu rutoki iriho kashe ye, ayiha Hamani wari umwanzi w’Abayahudi, mwene Hamedata ukomoka kuri Agagi.

11 Nuko abwira Hamani ati: “Ibyo bikoroto by’ifeza ubyigumanire, kandi ubwo bwoko ubugenze uko ushaka.”

12 Ku itariki ya cumi n’eshatu z’ukwezi kwa Nisani batumiza abanditsi b’umwami, bandika inzandiko zikubiyemo amabwiriza ya Hamani, bazoherereza abategetsi bashinzwe ibihugu bikomatanyije, n’abategetsi ba buri gihugu n’abatware ba buri bwoko. Izo nzandiko zandikwaga bakurikije imyandikire ya buri gihugu n’indimi z’abagituye. Bazandikaga mu izina ry’Umwami Ahashuwerusi, maze bakaziteraho kashe yo ku mpeta ye.

13 Intumwa zihutira kugeza izo nzandiko mu bihugu byose by’umwami, kugira ngo barimbure, bice kandi batsembe Abayahudi bose, abato n’abakuze n’abana n’abagore, kandi n’umutungo wabo unyagwe. Ibyo bikorwe umunsi umwe, ku itariki ya cumi n’eshatu z’ukwezi kwa Adari.

14 Kopi y’urwo rwandiko igomba gutangazwa ho itegekoteka mu bihugu byose, ikamenyeshwa amoko yose kugira ngo uwo munsi buri wese azabe yiteguye.

15 Ku itegeko ry’umwami intumwa zihutana izo nzandiko, maze iryo tegekoteka ritangazwa mu kigo ntamenwa cy’ibwami i Shushani. Nuko umwami na Hamani baricara bica akanyota, naho umurwa wa Shushani urashoberwa, ugwa mu kantu.

Categories
Esiteri

Esiteri 4

Moridekayi asaba Esiteri kugoboka Abayahudi

1 Moridekayi amenye ibyabaye ashishimura imyambaro ye, yambara igaragaza akababaro yisīga ivu. Arasohoka agendagenda mu mujyi rwagati aboroga cyane.

2 Ageze aho binjirira bajya ibwami arahagarara, kuko umuntu wabaga yambaye iyo myambaro atagiraga uburenganzira bwo kuhinjira.

3 Mu bihugu byose iryo teka ry’umwami ryageragamo rigatangazwa, Abayahudi bose bicwaga n’agahinda, bakigomwa kurya, bakarira bakaboroga. Benshi muri bo bambaraga imyambaro igaragaza akababaro bakaryama mu ivu.

4 Abaja ba Esiteri n’abagaragu be b’inkone bamugezaho ibyabaye kuri Moridekayi, maze bimukura umutima. Nuko Umwamikazi Esiteri yoherereza Moridekayi imyambaro ngo yiyambure igaragaza akababaro, ariko yanga kuyakira.

5 Esiteri ni ko guhamagaza Hataki, umwe mu bagaragu be b’inkone umwami yari yarashinze kumwitaho, amwohereza kubaza Moridekayi ibyamubayeho n’icyabimuteye.

6 Hataki arasohoka ajya kureba Moridekayi mu muhanda mukuru w’umujyi, unyura imbere y’ibwami.

7 Moridekayi amubwira ibyamubayeho byose, amubwira n’umubare w’ibikoroto by’ifeza Hamani yasezeranye kuzashyikiriza abashinzwe umutungo w’umwami, mu gihe Abayahudi bazaba batsembwe.

8 Amuha na kopi y’itegekoteka ryatangajwe i Shushani ryo kurimbura Abayahudi, kugira ngo ayishyikirize Esiteri. Hataki yagombaga gusobanurira Esiteri uko ibintu byifashe, no kumusaba gusanga umwami kugira ngo amwinginge, asabire ubwoko bwe imbabazi.

9 Hataki aragaruka ashyikiriza Esiteri ubutumwa bwa Moridekayi.

10 Esiteri ategeka Hataki gushyīra Moridekayi igisubizo agira ati:

11 “Umuntu wese yaba umugabo cyangwa umugore, wiyinjije mu rugo ikambere umwami atamutumije, agomba gutangwa akicwa. Iryo ni itegeko kandi ntawe utabizi, uhereye ku bakozi b’umwami ukageza ku baturage bo mu bihugu by’ubwami bwe. Keretse igihe umwami amutunze inkoni ye y’izahabu, ni bwo yakomeza kubaho. Naho jyewe hashize ukwezi kose ntaratumirwa ngo mbonane n’umwami.”

12 Icyo gisubizo cya Esiteri bagishyikiriza Moridekayi,

13 na we amutumaho ati: “Ntiwibwire ko mu Bayahudi ari wowe wenyine uzarokoka ngo ni uko uri mu ngoro y’umwami.

14 Niba rero mu gihe nk’iki wiyemeje kwicecekera, Abayahudi bazatabarwa biturutse ahandi, ariko wowe n’umuryango wawe bazabatsemba. Nyamara se uzi iki? Ahari wabaye umwamikazi kugira ngo uzagire akamaro mu gihe nk’iki.”

15 Nuko Esiteri atuma kuri Moridekayi ati:

16 “Genda ukoranye Abayahudi bose bari i Shushani, maze mwigomwe kurya ari jye mubigirira. Mumare iminsi itatu n’amajoro atatu, nta cyo murya cyangwa munywa. Nanjye n’abaja banjye tuzabigenza dutyo. Nubwo ari ukurenga ku itegeko ry’umwami nzamusanga, nibiba ngombwa ko mpfa nzapfe.”

17 Moridekayi aragenda akora ibyo Esiteri yamutegetse byose.