Categories
1 Amateka

1 Amateka 13

Dawidi ashaka kuzana Isanduku y’Isezerano i Yeruzalemu

1 Nuko Dawidi ajya inama n’abatware b’imitwe y’ingabo bayobora ingabo igihumbi, n’abayobora ingabo ijana hamwe n’abandi batware bose.

2 Nuko Dawidi abwira imbaga y’Abisiraheli bari bateraniye aho ati: “Niba mubona ari byiza kandi bishimisha Uhoraho Imana yacu, dutume kuri bene wacu bose basigaye mu ntara z’igihugu cy’Abisiraheli, no ku batambyi n’Abalevi batuye mu mijyi no mu nzuri ziyikikije baze badusange.

3 Hanyuma tuzajye kugarura Isanduku y’Imana yacu, kuko tutigeze tuyitaho uhereye mu gihe cya Sawuli.”

4 Abari bateraniye aho bose barabyemera, kuko byari bishimishije abantu bose.

5 Nuko Dawidi akoranya Abisiraheli bose, uhereye ku mugezi wa Shihori mu Misiri ukageza i Lebo-Hamati, kugira ngo bajye i Kiriyati-Yeyarimu kuzana Isanduku y’Imana.

6 Dawidi n’Abisiraheli bose bajya i Bāla ari yo Kiriyati-Yeyarimu ho mu Buyuda, bavanayo Isanduku y’Imana yitirirwa izina ry’Uhoraho, uganje hagati y’amashusho y’abakerubi.

7 Bashyira iyo Sanduku y’Imana ku igare rishya rikururwa n’ibimasa bayikuye kwa Abinadabu, Uza na Ahiyo bayobora iryo gare.

8 Dawidi n’Abisiraheli bose babyinaga bitakuma imbere y’Isanduku y’Imana. Baririmbaga bacuranga inanga z’indoha n’inanga nyamuduri, bavuza n’ishakwe n’ibyuma birangīra n’amakondera.

9 Bageze ku mbuga y’i Kidoni ibimasa biratsikira, maze Uza arambura ukuboko kugira ngo aramire ya Sanduku.

10 Uhoraho arakarira Uza cyane amutsinda aho, kuko yahangaye gukora kuri iyo Sanduku. Nuko Uza agwa aho imbere y’Imana.

11 Dawidi ababazwa n’uko Uhoraho yishe Uza, aho hantu bahita Peresi-Uza. Ni ryo zina ryaho na n’ubu.

12 Uwo munsi Dawidi atinya Imana aribaza ati: “Isanduku y’Imana yaza iwanjye ite?”

13 Nuko ntiyajyana iyo Sanduku iwe mu Murwa wa Dawidi, ahubwo ayijyana kwa Obedi-Edomu w’Umunyagati.

14 Nuko Isanduku y’Imana imara amezi atatu kwa Obedi-Edomu, maze Uhoraho aha umugisha umuryango we n’ibyo yari atunze byose.

Categories
1 Amateka

1 Amateka 14

Dawidi i Yeruzalemu

1 Hiramu umwami w’i Tiri yohereza intumwa kuri Dawidi zimushyiriye ibiti by’amasederi, amwoherereza n’abaconzi b’amabuye n’ababaji kugira ngo bubakire Dawidi ingoro.

2 Nuko Dawidi amenya ko Uhoraho yamwimitse kugira ngo abe umwami w’Abisiraheli, kandi ko Imana yakomeje ubwami bwe kubera Abisiraheli ubwoko bwayo.

3 Dawidi ageze i Yeruzalemu yongeye gushaka abandi bagore, babyarana abahungu n’abakobwa.

4 Dore amazina y’abavukiye i Yeruzalemu: Shamuwa na Shobabu, na Natani na Salomo,

5 na Yibuhari na Elishuwa na Elifeleti,

6 na Noga na Nefegi na Yafiya,

7 na Elishama na Bēliyada na Elifeleti.

Dawidi atsinda Abafilisiti

8 Abafilisiti bumvise ko Dawidi yimitswe kugira ngo abe umwami w’Abisiraheli bose, baramutera. Dawidi abimenye ajya kubarwanya.

9 Abafilisiti baraza batera mu kibaya cy’Abarefa.

10 Dawidi abaza Imana ati: “Mbese njye gutera Abafilisiti urabangabiza mbatsinde?”

Uhoraho aramusubiza ati: “Genda ubatere, nzabakugabiza ubatsinde.”

11 Nuko Dawidi ajya i Bāli-Perasimu, aba ari ho atsindira Abafilisiti. Aravuga ati: “Imana impaye guca icyuho mu banzi banjye nk’ahashenywe n’isuri.”

Ni cyo cyatumye aho hantu bahita Bāli-Perasimu.

12 Abafilisiti bahasiga ibigirwamana byabo, maze Dawidi ategeka ko babitwika.

13 Abafilisiti bongera gutera muri cya kibaya.

14 Dawidi abaza Imana maze iramusubiza iti: “Ntubatere muhanganye, ahubwo ubaturuke inyuma ahateganye n’ishyamba.

15 Niwumva imirindi y’abantu mu biti uhite ugaba igitero, ndaba nkuri imbere kugira ngo nkugabize ingabo z’Abafilisiti.”

16 Dawidi abigenza nk’uko Imana yamutegetse, batsinda ingabo z’Abafilisiti barabirukana kuva i Gibeyoni kugeza i Gezeri.

17 Uhereye ubwo Dawidi aba ikirangirire mu bihugu byose, kandi Uhoraho atuma amahanga yose amutinya.

Categories
1 Amateka

1 Amateka 15

Dawidi yimurira Isanduku y’Isezerano i Yeruzalemu

1 Dawidi yiyubakira amazu mu Murwa wa Dawidi, ategura n’ahantu ho gushyira Isanduku y’Imana, ahashinga ihema ryo kuyishyiramo.

2 Nuko Dawidi aravuga ati: “Abalevi bonyine ni bo bafite uburenganzira bwo guheka Isanduku y’Imana, kuko Uhoraho yabatoranyije kujya baheka Isanduku y’Uhoraho no kumukorera iteka ryose.”

3 Dawidi akoranyiriza Abisiraheli bose i Yeruzalemu, kugira ngo bajye kuzana Isanduku y’Uhoraho bayishyire aho yayiteguriye.

4 Akoranya abakomoka kuri Aroni hamwe n’Abalevi,

5 mu muryango wa Kehati hari Uriyeli wari umukuru wabo, hamwe n’abavandimwe be ijana na makumyabiri.

6 Mu muryango wa Merari hari Asaya wari umukuru wabo, hamwe n’abavandimwe be magana abiri na makumyabiri.

7 Mu muryango wa Gerushomu hari Yoweli wari umukuru wabo, hamwe n’abavandimwe be ijana na mirongo itatu.

8 Mu muryango wa Elizafani hari Shimeyi wari umukuru wabo, hamwe n’abavandimwe be magana abiri.

9 Mu muryango wa Heburoni hari Eliyeli wari umukuru wabo, hamwe n’abavandimwe be mirongo inani.

10 Mu muryango wa Uziyeli hari Aminadabu wari umukuru wabo, hamwe n’abavandimwe be ijana na cumi na babiri.

11 Nuko Dawidi ahamagaza abatambyi Sadoki na Abiyatari, n’Abalevi ari bo aba: Uriyeli na Asaya na Yoweli, na Shemaya na Eliyeli na Aminadabu.

12 Arababwira ati: “Ni mwe bakuru b’imiryango y’Abalevi, mwebwe ubwanyu nimwihumanure ndetse na bene wanyu, maze mujye kuzana Isanduku y’Uhoraho Imana y’Abisiraheli muyishyire aho nayiteguriye.

13 Koko rero, ubwa mbere ntimwari kumwe natwe kugira ngo muyiheke, bityo Uhoraho Imana yacu yadukuyemo umuntu kubera ko tutabikoze uko bikwiye.”

14 Nuko abatambyi n’Abalevi barihumanura, kugira ngo bajye kuzana Isanduku y’Uhoraho Imana y’Abisiraheli.

15 Abalevi baheka Isanduku y’Imana ku ntugu zabo bakoresheje imijishi, nk’uko Musa yari yarabitegetse akurikije ijambo ry’Uhoraho.

16 Dawidi ategeka abakuru b’Abalevi gushyira abavandimwe babo b’abaririmbyi mu myanya yabo kugira ngo baririmbe baranguruye, bacuranga inanga z’indoha n’inanga nyamuduri n’ibyuma birangīra, kandi baririmbana umunezero.

17 Nuko Abalevi batoranya Hemani mwene Yoweli n’umuvandimwe we Asafu mwene Berekiya, na Etani mwene Kushaya wo mu muryango wa Merari.

18 Batoranya na bene wabo bo kubafasha, bakaba n’abarinzi b’irembo ari bo aba: Zakariya na Yāziyeli na Shemiramoti, na Yehiyeli na Uni na Eliyabu, na Benaya na Māseya na Matitiya, na Elifelehu na Mikineya, na Obedi-Edomu na Yeyiyeli.

19 Abaririmbyi ari bo Hemani na Asafu na Etani bavuzaga ibyuma by’umuringa birangīra,

20 na Zakariya na Aziyeli, na Shemiramoti na Yehiyeli, na Uni na Eliyabu, na Māseya na Benaya bacurangaga inanga zifite amajwi ahanitse.

21 Naho Matitiya na Elifelehu, na Mikineya na Obedi-Edomu, na Yeyiyeli na Azaziya bayoboraga indirimbo bacuranga inanga zifite amajwi anihira.

22 Kenaniya umukuru w’Abalevi yari ashinzwe kuyobora indirimbo kuko yari abishoboye.

23 Berekiya na Elikana bari abarinzi b’Isanduku y’Isezerano,

24 hamwe na Obedi-Edomu na Yehiya. Naho abatambyi ari bo Shebaniya na Yoshafati, na Netanēli na Amasayi, na Zakariya na Benaya na Eliyezeri, bagombaga kugenda imbere y’Isanduku y’Imana bavuza amakondera. Obedi-Edomu na Yehiya na bo bari abarinzi b’Isanduku y’Isezerano.

Isanduku y’Isezerano igera i Yeruzalemu

25 Nuko Dawidi n’abakuru b’Abisiraheli n’abatware b’imitwe y’ingabo igihumbi, bagenda bishimye bajya kuzana Isanduku y’Isezerano ry’Uhoraho bayikura kwa Obedi-Edomu.

26 Kubera ko Imana yafashije Abalevi bari bahetse Isanduku y’Isezerano ry’Uhoraho, hatambwe ibimasa birindwi n’amasekurume arindwi y’intama.

27 Dawidi yari yambaye ikanzu yera kimwe n’Abalevi bari bahetse Isanduku y’Isezerano, ndetse n’abaririmbyi na Kenaniya umuyobozi wabo. Dawidi kandi yari yambaye igishura cy’umweru.

28 Nuko Abisiraheli bazana Isanduku y’Isezerano ry’Uhoraho. Bari banezerewe cyane bavuza amahembe n’amakondera n’ibyuma birangīra, kandi bacuranga inanga z’indoha n’inanga nyamuduri.

29 Igihe Isanduku y’Isezerano ry’Uhoraho yinjiraga mu Murwa wa Dawidi, Mikali umukobwa wa Sawuli arebera mu idirishya abona Umwami Dawidi abyina yitakuma aramugaya.

Categories
1 Amateka

1 Amateka 16

1 Nuko binjiza Isanduku y’Imana mu ihema Dawidi yari yarayiteguriye, maze batambira Imana ibitambo bikongorwa n’umuriro n’iby’umusangiro.

2 Dawidi arangije gutamba ibyo bitambo, asabira abantu umugisha mu izina ry’Uhoraho.

3 Nuko agaburira Abisiraheli bose bahateraniye, buri mugabo na buri mugore ahabwa umugati n’inyama n’umubumbe w’imizabibu.

Abalevi baririmba indirimbo zo gusingiza Uhoraho

4 Dawidi ashyira bamwe mu Balevi imbere y’Isanduku y’Uhoraho kugira ngo baramye Uhoraho Imana y’Abisiraheli, bamusingize kandi bamuheshe ikuzo.

5 Asafu yari umuyobozi wabo yungirijwe na Zakariya. Yeyiyeli na Shemiramoti, na Yehiyeli na Matitiya, na Eliyabu na Benaya, na Obedi-Edomu na Yeyiyeli bacurangaga inanga z’indoha n’inanga nyamuduri, naho Asafu akavuza ibyuma birangīra.

6 Benaya na Yahaziyeli b’abatambyi, bahoraga imbere y’Isanduku y’Isezerano ry’Imana bavuza amakondera.

7 Uwo munsi ni bwo Dawidi yahaye Asafu na bagenzi be inshingano yo gusingiza Uhoraho muri aya magambo:

8 Nimushimire Uhoraho, mumwambaze,

nimwamamaze mu mahanga ibyo yakoze bitangaje.

9 Nimumuririmbire, mumucurangire,

nimwamamaze ibitangaza byose yakoze.

10 Nimwirate ko Uhoraho ari Umuziranenge,

mwa bamwambaza mwe, nimwishime.

11 Nimwisunge Uhoraho nyiri ububasha,

muhore mumwambaza iteka ryose.

12-13 Mwa rubyaro rw’umugaragu we Aburahamu mwe,

mwebwe abo Uhoraho yitoranyirije mukomoka kuri Yakobo,

nimuzirikane ibikorwa bihambaye yakoze,

nimuzirikane ibitangaza bye n’ibyemezo yafashe.

14 Uhoraho ni we Mana yacu,

ibyemezo bye bikurikizwa ku isi yose.

15 Ahora azirikana Isezerano rye,

ni ryo jambo yavuze rizahoraho ibihe byose.

16 Ni Isezerano yasezeranyije Aburahamu,

ni n’indahiro yarahiye Izaki.

17 Iryo Sezerano yarisezeranyije na Yakobo rirahama,

riba Isezerano ridakuka kuri Isiraheli.

18 Uhoraho yaramubwiye ati:

“Nzaguha igihugu cya Kanāni,

nzakiguha wowe n’abazagukomokaho.”

19 Icyo gihe bari bakiri bake,

ari abimukīra mbarwa muri icyo gihugu.

20 Bavaga mu gihugu bakajya mu kindi,

bavaga no ku mwami bakajya ku wundi.

21 Nyamara Uhoraho nta we yemereye ko abakandamiza,

ahubwo yacyashye abami ababaziza ati:

22 “Muramenye ntimukagire icyo mutwara abo nitoranyirije,

ntimukagirire nabi abahanuzi banjye.”

23 Mwa batuye ku isi yose mwe,

nimuririmbire Uhoraho,

buri munsi mujye mutangaza ko ari we ukiza.

24 Ikuzo rye murimenyekanishe mu mahanga,

ibitangaza akora mubimenyeshe abantu bose.

25 Koko Uhoraho arakomeye akwiye gusingizwa bihebuje,

ni we ukwiye kubahwa kuruta izindi mana zose.

26 Erega imana z’abanyamahanga zose ni imburamumaro!

Nyamara Uhoraho ni we waremye ijuru.

27 Ahorana icyubahiro n’ubuhangange,

ububasha n’ishimwe biganje mu Ngoro ye.

28 Mwa bantu b’amahanga yose mwe, nimurate Uhoraho,

nimurate ikuzo rye n’ububasha bwe,

29 nimurate ko Uhoraho ari nyir’ikuzo.

Nimuze mu Ngoro ye mumuzaniye amaturo,

nimuramye Uhoraho kuko ari umuziranenge.

30 Mwa batuye ku isi yose mwe,

nimuhinde umushyitsi imbere ye.

Koko isi irashimangiye ntizanyeganyega.

31 Ijuru niryishime n’isi inezerwe,

nimubwire abo mu mahanga muti:

“Uhoraho aganje ku ngoma.”

32 Inyanja n’ibiyirimo nibirangīre,

imisozi n’ibiyiriho byose nibyishime.

33 Ibiti byo mu ishyamba na byo nibivuze impundu,

ibyo byose nibyidagadure imbere y’Uhoraho,

koko agiye kuza gutegeka isi.

34 Nimushimire Uhoraho kuko agira neza,

koko imbabazi ze zihoraho iteka ryose.

35 Nimuvuge muti:

“Mana Mukiza wacu, udukize,

udutarurukanye utuvane mu mahanga,

ni bwo tuzagushimira ko uri umuziranenge,

koko kugusingiza ni byo bizadutera ishema.

36 Uhoraho Imana ya Isiraheli nasingizwe,

nasingizwe kuva kera kose kugeza iteka ryose.”

Abantu bose baravuga bati: “Amina, Haleluya!”

I Yeruzalemu n’i Gibeyoni baramya

37 Nuko Dawidi ashyiraho Asafu na bagenzi be kugira ngo bajye bahora hafi y’Isanduku y’Isezerano ry’Uhoraho, bayiteho bakurikije ibiteganyijwe buri munsi.

38 Ashyiraho kandi Obedi-Edomu mwene Yedutuni, hamwe na bene wabo mirongo itandatu n’umunani kugira ngo babafashe. Hosa na Obedi-Edomu bari bashinzwe kurinda amarembo.

39 Dawidi ashinga umutambyi Sadoki hamwe n’abandi batambyi bene wabo, imirimo yo mu Ihema ry’Uhoraho ryari ahasengerwaga i Gibeyoni.

40 Buri gitondo na buri mugoroba bagombaga gutura Uhoraho amaturo, bakayashyira ku rutambiro rw’ibitambo bikongorwa n’umuriro, kandi bagakora imirimo yose bakurikije amategeko Uhoraho yahaye Abisiraheli.

41 Dawidi abongeraho Hemani na Yedutuni n’abandi bagabo batoranyijwe, kugira ngo bajye basingiza Uhoraho bati: “Imbabazi ze zihoraho iteka ryose.”

42 Hemani na Yedutuni bari bashinzwe kwita ku makondera no ku byuma birangīra by’abaririmbyi, no ku bindi bikoresho byacurangwaga baririmba indirimbo zo gusingiza Imana. Bene Yedutuni ni bo bari bashinzwe kurinda amarembo.

43 Nuko abantu bose barataha. Dawidi na we arataha asabira abo mu rugo rwe umugisha.

Categories
1 Amateka

1 Amateka 17

Isezerano Imana yasezeranyije Dawidi n’urubyaro rwe

1 Umwami Dawidi amaze gutura mu ngoro ye, abwira umuhanuzi Natani ati: “Dore ntuye mu ngoro yubakishije amasederi,naho Isanduku y’Isezerano ry’Uhoraho iba mu ihema.”

2 Natani aramusubiza ati: “Genda ukore uko ubitekereza kuko Imana iri kumwe nawe.”

3 Nyamara iryo joro Uhoraho abwira Natani ati:

4 “Genda umbwirire umugaragu wanjye Dawidi uti: ‘Ntabwo ari wowe uzanyubakira inzu nzabamo.

5 Kuva igihe navaniye Abisiraheli mu Misiri kugeza n’ubu sinigeze mba mu nzu, ahubwo aho bimukiraga hose niberaga mu mahema.

6 None se muri icyo gihe cyose, hari n’umwe mu bayobozi nashyizeho kuyobora ubwoko bwanjye bw’Abisiraheli nigeze mbaza impamvu mutanyubakira inzu y’amasederi?’

7 “None rero ubwire umugaragu wanjye Dawidi uti: ‘Ni jye Uhoraho Nyiringabo wakwikuriye mu rwuri aho wari uragiye intama, nkugira umuyobozi w’ubwoko bwanjye bw’Abisiraheli.

8 Aho wajyaga hose sinigeze ngutererana nagutsindiye abanzi bose, kandi nzakugira umwe mu birangirire byo ku isi.

9 Igihugu cy’ubwoko bwanjye bw’Abisiraheli nzacyāgura nkibatuzemo mu mahoro. Abagome ntibazongera kubakandamiza nka kera,

10 igihe nari narashyizeho abacamanzabo kuyobora ubwoko bwanjye bw’Abisiraheli. Nzatsinda abanzi bawe bose. Jyewe Uhoraho ngusezeranyije ko abagukomokaho bazahora basimburana ku ngoma.

11 Numara gupfa ugashyingurwa hamwe na ba sokuruza, nzatoranya umwe mu bahungu bawe agusimbure ku ngoma kandi nzakomeza ubwami bwe.

12 Uwo ni we uzanyubakira inzu, nanjye nzakomeza ingoma ye iteka.

13 Nzamubera Se na we ambere umwana, sinzigera mukuraho icyizere nk’uko nacyambuye umwami wakubanjirije.

14 Nzamuha kuyobora ubwoko bwanjye n’ubwami bwanjye iteka ryose, kandi ubwami bwe buzahoraho iteka.’ ”

15 Natani abwira Dawidi ayo magambo yose nk’uko yayahishuriwe.

Isengesho rya Dawidi

16 Nuko Umwami Dawidi arinjira apfukama imbere y’Uhoraho, arasenga ati: “Uhoraho Mana, ari jye ari n’umuryango wanjye, kugeza ubu ntitwari dukwiriye ibi byiza byose utugirira.

17 Nyamara wowe Mana, wabonye ko ibyo bidahagije umenyesha uko ab’umuryango wanjye bazamera no mu bihe bizaza. Ibyo ubinkoreye nk’aho ndi umuntu ukomeye cyane, Uhoraho Mana.

18 Nkubwire iki se kandi kiruta icyubahiro umpaye, kandi unzi neza jyewe umugaragu wawe?

19 Uhoraho, ukurikije ubushake bwawe wakoreye ibikomeye umugaragu wawe, kugira ngo ugaragaze ububasha bwawe.

20 Uhoraho, nta we muhwanye. Nk’uko twabyiyumviye, koko nta yindi mana ibaho itari wowe.

21 Mbese ku isi hari undi muryango uhwanye n’ubwoko bwawe bw’Abisiraheli? Ni ubwoko Imana yicunguriye ibugira ubwayo, yimenyekanisha ikora ibintu bikomeye kandi bitangaje, imenesha amahanga imbere y’ubwoko bwayo yivaniye mu Misiri.

22 Uhoraho, Abisiraheli wabagize ubwoko bwawe iteka ryose, nawe uba Imana yabo.

23 None rero Uhoraho, usohoze ibyo umvuzeho, n’abazankomokaho uzabakomereze iryo Sezerano iteka ryose.

24 Izina ryawe rizakuzwa iteka ryose bavuge bati: ‘Uhoraho Nyiringabo Imana y’Abisiraheli, ni we Mana igoboka Abisiraheli.’ Byongeye kandi, uhe umuryango wanjye gukomera imbere yawe.

25 Koko ni wowe Mana yanjye, wampishuriye ko uzaha abazankomokaho gusimburana ku ngoma. Ni cyo gitumye mpangāra kugusenga.

26 Uhoraho, ni wowe Mana kandi nanjye umugaragu wawe unsezeraniye ibyiza.

27 Nuko rero Uhoraho, uhe umugisha ab’umuryango wanjye kugira ngo baguhore imbere iteka ryose. Koko Uhoraho wabahaye umugisha, bityo bazawuhorana iteka ryose.”

Categories
1 Amateka

1 Amateka 18

Dawidi atsinda ibihugu bimukikije

1 Nyuma y’ibyo Dawidi atsinda Abafilisiti arabacogoza, yigarurira umujyi: wa Gati n’imidugudu iwukikije arayibanyaga.

2 Dawidi atsinda n’Abamowabu baba abagaragu be, bakajya bamuha imisoro.

3 Atsindira na Hadadezeri umwami w’i Sobaahagana i Hamati. Icyo gihe yashakaga kwigarurira akarere k’uruzi rwa Efurati.

4 Nuko Dawidi amunyaga amagare y’intambara igihumbi, n’abarwanira ku mafarasi ibihumbi birindwi, n’ingabo zigenza amaguru ibihumbi makumyabiri. Dawidi atema ibitsi by’amafarasi yose yakururaga amagare asiga ijana gusa.

5 Abanyasiriya b’i Damasi baza gutabara Hadadezeri umwami w’i Soba, Dawidi abicamo abantu ibihumbi makumyabiri na bibiri.

6 Dawidi ashyiraho ibigo by’ingabo i Damasi muri Siriya, maze Abanyasiriya baba abagaragu be bakajya bamuha imisoro. Aho Dawidi yateraga hose, Uhoraho yamuhaga gutsinda.

7 Dawidi anyaga ingabo zicuzwe mu izahabu z’abagaba b’ingabo ba Hadadezeri, azijyana i Yeruzalemu.

8 Naho i Tibuhati n’i Kuni,imijyi yategekwaga na Hadadezeri, Dawidi ahakura iminyago myinshi y’umuringa. Uwo muringa ni wo Salomo yacurishijemo cya kizenga kinini n’inkingi, hamwe n’ibindi bikoresho bicuzwe mu muringa.

9 Towu umwami w’i Hamati yumvise ko Dawidi yatsinze ingabo zose za Hadadezeri umwami w’i Soba,

10 yohereza umuhungu we Hadoramu kumuramukiriza Umwami Dawidi, no kumushimira ko yatsinze Hadadezeri wahoraga arwanya Towu. Hadoramu azanira Dawidi amaturo y’ibintu byakozwe mu izahabu no mu ifeza no mu muringa.

11 Umwami Dawidi abyegurira Uhoraho nk’uko yari yamweguriye ifeza n’izahabu, yari yaranyaze mu Bedomu n’Abamowabu, n’Abamoni n’Abafilisiti n’Abameleki.

12 Abishayi mwene Seruya yica Abedomu ibihumbi cumi n’umunani, abatsinda mu kibaya cy’Umunyu.

13 Nuko ashyiriraho ibigo by’ingabo muri Edomu, maze Abedomu bose baba abagaragu be. Aho Dawidi yateraga hose, Uhoraho yamuhaga gutsinda.

Ibyegera bya Dawidi

14 Dawidi yabaye umwami w’igihugu cyose cya Isiraheli, ategeka abantu be bose mu butabera n’ubutungane.

15 Yowabu mwene Seruya yari umugaba w’ingabo. Yehoshafati mwene Ahiludi yari umuvugizi w’ibwami.

16 Sadoki mwene Ahitubu, na Ahimeleki mwene Abiyatari bari abatambyi, Shavesha ari umunyamabanga.

17 Benaya mwene Yehoyada yari umugaba w’ingabo zarindaga Dawidi, zigizwe n’Abakereti n’Abapeleti. Abahungu ba Dawidi ni bo bari ibyegera bye.

Categories
1 Amateka

1 Amateka 19

Dawidi atsinda Abamoni n’Abanyasiriya

1 Nyuma y’ibyo Nahashi umwami w’Abamoni arapfa, umuhungu we amusimbura ku ngoma.

2 Dawidi aravuga ati: “Nzagirira neza Hanuni mwene Nahashi, mwitūra ineza se yangiriye.” Nuko Dawidi yohereza intumwa kugira ngo zifatanye na we mu kababaro gatewe n’urupfu rwa se. Intumwa za Dawidi zigera mu gihugu cy’Abamoni kwa Hanuni kwifatanya na we mu kababaro.

3 Nyamara abatware b’Abamoni babaza Hanuni bati: “Ese ubona ko Dawidi yohereje aba bantu kwifatanya nawe mu kababaro, kubera ko yubahaga so? Aho ntibaba baje kugenzura no gutata igihugu kugira ngo babone uko bakigarurira?”

4 Nuko Hanuni afata intumwa za Dawidi azogosha ubwanwa, imyambaro yazo ayikatira munsi y’urukenyerero, maze arazohereza.

5 Dawidi amenye ibyabaye ku bagaragu be yohereza abantu bo kubasanganira, kuko bari bakozwe n’isoni cyane. Umwami abatumaho ati: “Mugume i Yeriko kugeza igihe ubwanwa bwanyu buzaba bumaze kumera, maze mubone kugaruka.”

6 Abamoni babonye ko basuzuguye Dawidi, Hanuni n’abantu be bohereza toni mirongo itatu z’ifeza mu Banyasiriya bo muri Mezopotamiya ya ruguru, n’ab’i Māka n’ab’i Soba, bakodesha amagare y’intambara n’abarwanira ku mafarasi.

7 Nuko bakodesha amagare ibihumbi mirongo itatu na bibiri, n’umwami w’i Māka n’ingabo ze, maze baraza bashinga ibirindiro i Medeba. Abamoni na bo basohoka mu mijyi yabo bajya ku rugamba.

8 Dawidi abimenye yohereza umugaba w’ingabo Yowabu hamwe n’ingabo zose z’intwari.

9 Abamoni baraza bashinga ibirindiro mu irembo ry’umujyi:, naho abami babatabaye bashinga ibirindiro ku gasozi.

10 Yowabu abonye ko urugamba rumusatiriye imbere n’inyuma, atoranya ingabo z’intwari mu Bisiraheli kugira ngo zihangane n’Abanyasiriya.

11 Ingabo zisigaye azishinga mukuru we Abishayi, kugira ngo zihangane n’Abamoni.

12 Yowabu aramubwira ati: “Abanyasiriya nibandusha amaboko untabare, kandi nawe Abamoni nibakurusha amaboko ndagutabara.

13 Ukomere turwane kigabo, turwanirire ubwoko bwacu n’imijyi y’Imana yacu. Uhoraho agenze uko ashaka.”

14 Yowabu n’ingabo ze basatira Abanyasiriya, maze Abanyasiriya barahunga.

15 Abamoni babonye ko Abanyasiriya bahunze, na bo bahunga Abishayi mukuru wa Yowabu basubira mu mujyi:. Nuko Yowabu asubira i Yeruzalemu.

16 Abanyasiriya babonye ko Abisiraheli babatsinze, bohereza intumwa ku Banyasiriya bo hakurya y’uruzi rwa Efurati kugira ngo babatabare. Baza kubatabara bayobowe na Shofaki umugaba w’ingabo za Hadadezeri.

17 Dawidi abyumvise akoranya ingabo z’Abisiraheli zose, yambuka uruzi rwa Yorodani agenda yerekeje aho bari bari, maze ashinga ibirindiro ahateganye n’Abanyasiriya arwana na bo.

18 Nuko Abanyasiriya baratsindwa barahunga, Dawidi abicamo ingabo ibihumbi birindwi zirwanira mu magare y’intambara, n’izindi ibihumbi mirongo ine zigenza amaguru. Yica na Shofaki umugaba w’ingabo z’Abanyasiriya.

19 Abagaragu ba Hadadezeri babonye ko Abisiraheli babatsinze, bagirana amasezerano y’amahoro na Dawidi maze baramuyoboka. Kuva ubwo Abanyasiriya ntibongera gutabara Abamoni.

Categories
1 Amateka

1 Amateka 20

Yowabu yigarurira umujyi: wa Raba

1 Mu ntangiriro z’umwaka wakurikiyeho, mu gihe abami bakundaga kujya ku rugamba, Yowabu atera igihugu cy’Abamoni arakiyogoza. Nuko agota Raba, ariko Dawidi we yigumira i Yeruzalemu.

Yowabu yigarurira umujyi: wa Raba arawusenya.

2 Dawidi afata ikamba ryari ku mutwe w’ikigirwamana cy’Abamoni cyitwaga Milikomu, ryari rikozwe mu izahabu rigapima ibiro mirongo itatu na bitanu, afata n’ibuye ry’agaciro ryari ritatseho araritamiriza, ajyana n’indi minyago myinshi cyane.

3 Asohora abaturage mu mujyi:, abashyira ku mirimo yo gukoresha inkero n’amapiki n’amashoka. Dawidi abigenza atyo no mu yindi mijyi yose y’Abamoni, hanyuma Dawidi n’ingabo ze basubira i Yeruzalemu.

Dawidi yongera kurwana n’Abafilisiti

4 Nyuma y’ibyo Abisiraheli barwanira n’Abafilisiti i Gezeri. Sibekayi w’i Husha yica Umufilisiti muremure kandi munini witwaga Sipayi, bityo Abafilisiti barabayoboka.

5 Abisiraheli n’Abafilisiti bongera kurwana, maze Elihanani mwene Yayiri yica Lahimi umuvandimwe wa Goliyati w’i Gati, wari ufite icumu rifite uruti rumeze nk’igiti cy’ikumbo.

6 Ikindi gihe urugamba ruremera i Gati. Hari Umufilisiti w’intwari muremure kandi munini, wari ufite intoki esheshatu kuri buri kiganza, n’amano atandatu kuri buri kirenge.

7 Atuka Abisiraheli maze Yonatani mwene Shama mukuru wa Dawidi aramwica.

8 Abo Bafilisiti barebare kandi banini bakomokaga i Gati, bishwe na Dawidi n’ingabo ze.

Categories
1 Amateka

1 Amateka 21

Dawidi abarura Abisiraheli bashobora kujya ku rugamba

1 Satani yashakaga guteza Abisiraheli ibyago, maze yoshya Dawidi kubabarura.

2 Dawidi abwira Yowabu n’abandi bagaba b’ingabo ati: “Nimujye kubarura Abisiraheli muhereye i Bērisheba mu majyepfo mugeze i Dani mu majyaruguru, kugira ngo menye umubare wabo.”

3 Yowabu aramubwira ati: “Nyagasani, icyampa Uhoraho akakugwiriza imbaga y’abantu incuro ijana! Ariko se, abo bose si abagaragu bawe? None se kuki ushaka kubabarura? Ni kuki Abisiraheli baryozwa icyo gikorwa?”

4 Ariko umwami aganza Yowabu. Nuko Yowabu aragenda azenguruka igihugu cyose cya Isiraheli maze agaruka i Yeruzalemu.

5 Yowabu ashyikiriza Dawidi umubare w’abagabo bashobora kujya ku rugamba. Mu Bisiraheli bose habonetse abagabo miliyoni imwe n’ibihumbi ijana, naho mu Buyuda haboneka ibihumbi magana ane na mirongo irindwi.

6 Yowabu ntiyabaruye Abalevi n’Ababenyamini, kuko itegeko ry’umwami ryari ryamuteye impungenge.

Imana ihana Dawidi

7 Iryo barura ntiryashimishije Imana, maze ihana Abisiraheli.

8 Dawidi abwira Imana ati: “Nakoze icyaha gikomeye. None ndakwinginze ubabarire igicumuro cy’umugaragu wawe, kuko nakoze iby’ubupfapfa.”

9 Uhoraho atuma umuhanuzi Gadi wahanuriraga Dawidi ati:

10 “Genda ubwire Dawidi uti: ‘Uhoraho aravuze ati:: Nguhaye ibihano bitatu, uhitemo kimwe abe ari cyo nzaguhanisha.’ ”

11 Nuko Gadi asanga Dawidi aramubwira ati: “Uhoraho aravuze ati: ‘Hitamo:

12 ari imyaka itatu y’inzara cyangwa amezi atatu uhunga abanzi bagukurikiranye n’inkota, cyangwa iminsi itatu y’icyorezo umumarayika w’Uhoraho azamara ayogoza igihugu cyose cya Isiraheli.’ Ngaho tekereza neza maze umbwire icyo njya gusubiza uwantumye.”

13 Dawidi asubiza Gadi ati: “Ndumva nshenguwe n’agahinda! Reka ngwe mu maboko y’Uhoraho kuko impuhwe ze ari nyinshi, aho kugwa mu maboko y’abantu.”

14 Nuko Uhoraho ateza Abisiraheli icyorezo, gihitana abantu ibihumbi mirongo irindwi.

15 Bityo Imana ituma umumarayika wayo kujya kurimbura Yeruzalemu. Igihe uwo mumarayika yariho arimbura, Uhoraho arabireba biramubabaza. Ni ko kubwira uwo mumarayika ati: “Ibyo birahagije rekera aho.” Uwo mumarayika w’Uhoraho yari ahagaze ku mbuga Orunaniw’Umuyebuzi yahuriragaho ingano.

16 Dawidi yubuye amaso abona umumarayika ahagaze mu kirere yakuye inkota, ayibanguye hejuru ya Yeruzalemu. Dawidi n’abakuru bari kumwe na we bambaye imyambaro igaragaza akababaro, bikubita hasi bubamye.

17 Dawidi abwira Imana ati: “Mbese si jye wategetse ko babarura abantu? Ni jye rero wakoze icyaha ndacumura. None se aba bantu bo barazira iki? Ndakwinginze Uhoraho Mana yanjye, ube ari jye uhana hamwe n’umuryango wanjye, ariko ukize ubwoko bwawe iki cyorezo.”

Dawidi yubakira Uhoraho urutambiro

18 Umumarayika w’Uhoraho ategeka Gadi kubwira Dawidi ngo azamuke, yubakire Uhoraho urutambiro ku mbuga ya Orunani w’Umuyebuzi.

19 Nuko Dawidi yumvira itegeko ry’Uhoraho, arazamuka nk’uko Gadi yamubwiye.

20 Orunani yariho ahura ingano, ahindukiye abona wa mumarayika, abahungu be bane bari kumwe na we barihisha.

21 Dawidi ajya aho Orunani yari ari, Orunani akebutse abona Dawidi, ava ku mbuga yahuriragaho maze yikubita imbere ya Dawidi yubamye.

22 Dawidi aramubwira ati: “Mpa iyi mbuga yawe nyigure, nyubakeho urutambiro rw’Uhoraho kugira ngo abantu bakire icyorezo. Uyimpe ndayigura ku giciro gihwanye na yo.”

23 Orunani asubiza Dawidi ati: “Nyagasani, ndayiguhaye uyikoreshe icyo ushaka. Ndaguha n’ibimasa byanjye ubitambe ho igitambo gikongorwa n’umuriro, n’imbaho zahurishwaga ingano zibe inkwi. Ndaguha n’ingano uziture ho ituro ry’ibinyampeke. Ibyo byose ndabiguha.”

24 Nyamara Umwami Dawidi asubiza Orunani ati: “Ntibishoboka, ngomba kubigura ku giciro gihwanye na byo. Ntabwo nafata ibyawe ngo mbiture Uhoraho, cyangwa ngo ibyo mperewe ubuntu mbimutambire ho igitambo.”

25 Dawidi agura iyo mbuga, aha Orunani ibikoroto magana atandatu by’izahabu.

26 Dawidi ahubaka urutambiro rw’Uhoraho, arutambiraho ibitambo bikongorwa n’umuriro n’iby’umusangiro. Nuko Dawidi atakambira Uhoraho, na we amusubiza akoresheje umuriro wavuye mu ijuru, utwika ibitambo byari ku rutambiro.

27 Uhoraho ategeka wa mumarayika gusubiza inkota ye mu rwubati.

28 Dawidi abonye ko Uhoraho amushubirije ku mbuga ya Orunani w’Umuyebuzi, ahatambira ibitambo.

29 Icyo gihe rya Hema ry’Uhoraho Musa yakoze bakiri mu butayu, ryari hamwe n’urutambiro rw’ibitambo bikongorwa n’umuriro, ahasengerwaga i Gibeyoni.

30 Ariko Dawidi ntiyashoboraga kujyayo gusenga Imana, kuko yatinyaga inkota y’umumarayika w’Uhoraho.

Categories
1 Amateka

1 Amateka 22

1 Nuko Dawidi aravuga ati: “Aha ni ho hazaba Ingoro y’Uhoraho Imana, uru ni rwo rutambiro Abisiraheli bazajya batambiraho ibitambo.”

Dawidi yitegura kubaka Ingoro y’Imana

2 Dawidi ategeka ko bakoranya abanyamahangabose bari mu gihugu cya Isiraheli, abatoranyamo ababaji b’amabuye yo kubaka Ingoro y’Imana.

3 Nuko Dawidi ateganya ibyuma byinshi byo gucuramo imisumari n’amapata by’inzugi z’amarembo, ateganya kandi n’umuringa mwinshi cyane.

4 Dawidi ateganya n’ibiti byinshi by’amasederi, kubera ko Abanyasidoni n’Abanyatiribabimuzaniraga ari byinshi cyane.

5 Dawidi yaribwiraga ati: “Umuhungu wanjye Salomo aracyari muto ntarakura, nyamara kandi Ingoro izubakirwa Uhoraho igomba kuba icyamamare mu mahanga yose, kubera ikuzo n’ubwiza buhebuje izagira. Ni cyo gituma nkwiye gutegura ibyo kuyubaka.” Bityo Dawidi agira imyiteguro myinshi mbere y’uko apfa.

Dawidi aha Salomo inshingano yo kubaka Ingoro y’Imana

6 Dawidi ahamagaza umuhungu we Salomo, maze amutegeka kubaka Ingoro y’Uhoraho Imana ya Isiraheli.

7 Dawidi aramubwira ati: “Mwana wanjye, jyewe ubwanjye nifuje kubakira Uhoraho Imana yanjye Ingoro,

8 ariko Uhoraho arambwira ati: ‘Warwanye intambara nyinshi zikomeye umena amaraso menshi. Kubera ayo maraso wamennye ku isi mbyirebera, si wowe uzanyubakira Ingoro.

9 Icyakora umuhungu wawe azagira ituze, sinzemerera abanzi be bamukikije guhungabanya umutekano we. Koko rero, azitwa Salomokandi igihe cyose azaba ari ku ngoma, nzaha Abisiraheli amahoro n’umutekano.

10 Uwo ni we uzanyubakira Ingoro, azambera umwana nanjye mubere Se, nzakomeza ingoma ye muri Isiraheli iteka ryose.’

11 Nuko rero mwana wanjye, Uhoraho Imana yawe nabane nawe, kandi akubashishe kumwubakira Inzu nk’uko yabivuze.

12 Uhoraho aguhe ubwenge n’ubushishozi, kugira ngo uzabashe gutegeka Isiraheli ukurikiza Amategeko y’Uhoraho Imana yawe.

13 Uzahirwa niwitonda ugakurikiza amateka n’ibyemezo Imana yahaye Abisiraheli iyanyujije kuri Musa. Komera kandi ube intwari, ntutinye cyangwa ngo ucike intege.

14 Nakoze uko nshoboye nteganya toni eshatu n’igice z’izahabu, na toni mirongo itatu n’eshanu z’ifeza, n’icyuma n’umuringa byinshi cyane byo kubakisha Ingoro y’Uhoraho. Nateguye kandi ibiti n’amabuye ukazabyongēra.

15 Uzaba ufite abakozi b’ingeri zose, abahanga bo guconga amabuye no kubāza ibiti, abantu bashoboye imirimo y’amoko yose.

16 Ufite izahabu n’ifeza, n’icyuma n’umuringa byinshi cyane, ngaho haguruka ukore kandi Uhoraho azabane nawe.”

17 Nuko Dawidi ategeka abatware bose b’Abisiraheli gufasha umuhungu we Salomo.

18 Dawidi arababwira ati: “Mbese Uhoraho Imana yanyu ntari kumwe namwe? Ese ntiyabahaye umutekano impande zose? Koko rero yampaye gutsinda abahoze batuye iki gihugu bose, none ubu bayobotse Uhoraho n’ubwoko bwe.

19 None rero nimushake Uhoraho Imana yanyu mubikuye ku mutima. Nimutangire mwubake Ingoro y’Uhoraho, kugira ngo muzane Isanduku y’Isezerano n’ibikoresho byeguriwe Imana, mubishyire mu Ngoro muzaba mwubakiye Uhoraho.”