Categories
2 Abami

2 Abami 8

Iherezo ry’inkuru y’umugore w’i Shunemu

1 Igihe kimwe Elisha yabwiye wa mugore w’i Shunemu yari yazuriye umwana ati: “Suhukira mu kindi gihugu hamwe n’umuryango wawe mutureyo, kuko Uhoraho agiye guteza inzara mu gihugu cya Isiraheli, igiye gutangira kandi izamara imyaka irindwi.”

2 Uwo mugore akora ibyo Elisha yari amutegetse, we n’umuryango we basuhukira mu gihugu cy’u Bufilisiti bamarayo imyaka irindwi.

3 Imyaka irindwi ishize wa mugore w’i Shunemu atahukana n’abe bavuye mu Bufilisiti, bajya ibwami gusaba gusubizwa inzu n’isambu byabo.

4 Ubwo umwami yaganiraga na Gehazi wahoze ari umugaragu wa Elisha, amubwira ati: “Ntekerereza ibitangaza Elisha yagiye akora.”

5 Gehazi atangiye kumutekerereza uko Elisha yazuye umwana wari wapfuye, nyina w’uwo mwana aba ageze ibwami azanywe no gusaba umwami gusubizwa inzu n’isambu bye.

Nuko Gehazi ariyamirira ati: “Nyagasani, nguyu wa mugore n’umwana Elisha yazuye.”

6 Umwami abyibariza uwo mugore, na we amutekerereza uko Elisha yabigenje. Umwami ahamagaza umwe mu byegera bye aramubwira ati: “Usubize uyu mugore ibye byose n’ibyavuye mu musaruro wose w’isambu ye, uhereye umunsi yavuye mu gihugu kugeza ubwo agarutse.”

Elisha na Hazayeli

7 Ikindi gihe Elisha yagiye i Damasi, ubwo Benihadadi umwami wa Siriya yari arwaye. Baramubwira bati: “Umuntu w’Imana yageze hano mu murwa”,

8 umwami abwira Hazayeli ati: “Shyīra impano uwo muntu w’Imana, hanyuma umubwire abaze Uhoraho ko nzakira iyi ndwara.”

9 Hazayeli ajya kureba Elisha yitwaje impano z’ibintu by’agaciro bivuye i Damasi, bihetswe n’ingamiya mirongo ine. Hazayeli amugezeho aravuga ati: “Umwana wawe Benihadadi umwami wa Siriya, anyohereje kukubaza ngo ‘Ese iyi ndwara ndwaye nzayikira?’ ”

10 Elisha aramusubiza ati: “Genda umubwire uti: ‘Iyo ndwara uzayikira, ariko Uhoraho anyeretse ko wari ugiye gupfa.’ ”

11 Elisha atumbira Hazayeli adahumbya, ku buryo Hazayeli yagize isoni. Hanyuma Elisha ararira.

12 Hazayeli aramubaza ati: “Databuja, urarizwa ni iki?”

Elisha aramusubiza ati: “Ndijijwe n’uko menye amarorerwa uzakorera Abisiraheli. Uzatwika imijyi yabo ntamenwa, uzamarira abasore babo ku icumu, abana babo bato uzabajanjagura naho abagore batwite ubafomoze.”

13 Hazayeli abaza Elisha ati: “Databuja, ndi nde wakora ibyo kandi nta bubasha na busa mfite?”

Elisha aramubwira ati: “Uhoraho amaze kumpishurira ko uzaba umwami wa Siriya.”

14 Hanyuma Hazayeli asezera kuri Elisha, asubira kwa shebuja Benihadadi. Benihadadi aramubaza ati: “Elisha yagusubije iki?”

Hazayeli aramubwira ati: “Yavuze ko iyi ndwara uzayikira rwose.”

15 Nyamara bukeye Hazayeli afata uburingiti abwinika mu mazi, abupfukisha Umwami Benihadadi mu maso umwuka urahera arapfa. Hazayeli amusimbura ku ngoma aba umwami wa Siriya.

Yoramu aba umwami w’u Buyuda

16 Mu mwaka wa gatanu Yehoramu mwene Ahabu ari ku ngoma muri Isiraheli, Yoramu mwene Yozafati yabaye umwami mu Buyuda.

17 Icyo gihe yari afite imyaka mirongo itatu n’ibiri, amara imyaka umunani ari ku ngoma i Yeruzalemu.

18 Yoramu yitwaye nabi nk’abami ba Isiraheli, akurikiza inzu ya Ahabu kuko yari yarashatse umukobwa wa Ahabu, akora ibitanogeye Uhoraho.

19 Nyamara Uhoraho ntiyashatse gutsembaho ingoma y’u Buyuda, kuko yari yarabisezeranyije umugaragu we Dawidi ko abazamukomokaho ari bo bazasimburana ku ngoma iteka.

20 Yoramu ari ku ngoma Abedomu bigometse ku butegetsi bwe, bishyiriraho uwabo mwami.

21 Nuko Yoramu ajya i Sayiri aherekejwe n’amagare ye yose y’intambara. Abedomu barahamugotera we n’abatware be b’amagare y’intambara. Nuko nijoro Yoramu abacamo icyuho we n’ingabo ze bahungira iwabo.

22 Bityo Abedomu bigomeka ku Bayuda kuva ubwo barigenga. Muri icyo gihe umudugudu wa Libunana wo wigometse kuri Yoramu.

23 Ibindi bikorwa byose n’ibigwi bya Yoramu, byanditswe mu gitabo cyitwa “Ibikorwa by’abami b’u Buyuda.”

24 Yoramu yisazira amahoro, bamushyingura hamwe na ba sekuruza mu Murwa wa Dawidi. Umuhungu we Ahaziya amusimbura ku ngoma.

Ahaziya aba umwami w’u Buyuda

25 Mu mwaka wa cumi n’ibiri Yehoramu mwene Ahabu ari ku ngoma muri Isiraheli, Ahaziya mwene Yoramu yabaye umwami mu Buyuda.

26 Icyo gihe yari afite imyaka makumyabiri n’ibiri, amara umwaka umwe ari ku ngoma i Yeruzalemu. Nyina yitwaga Ataliya wakomokaga kuri Omuri umwami wa Isiraheli.

27 Ahaziya yitwaye nabi nk’abami ba Isiraheli akurikiza inzu ya Ahabu. Yakoze ibitanogeye Uhoraho nk’ab’inzu ya Ahabu, kuko bari bafitanye isano.

28 Ahaziya aherako afatanya na Yehoramu mwene Ahabu, batera Hazayeli umwami wa Siriya i Ramoti y’i Gileyadi. Abanyasiriya bakomeretsa bikomeye umwami Yehoramu mu mirwano.

29 Nuko Yehoramu agaruka i Yizerēli kwiyomora ibyo bikomere. Umwami w’u Buyuda Ahaziya mwene Yoramu, aza i Yizerēli gusura Yehoramu mwene Ahabu, kuko yari arembye.

Categories
2 Abami

2 Abami 9

Yehu aba umwami wa Isiraheli

1 Igihe kimwe umuhanuzi Elisha yahamagaye umwe mu itsinda ry’abahanuzi, aramubwira ati: “Fata iyi mperezo y’amavuta ujye i Ramoti y’i Gileyadi.

2 Nugerayo uzashake Yehu mwene Yehoshafati akaba n’umwuzukuru wa Nimushi, maze umuvane muri bagenzi be umujyane mu cyumba ahiherereye.

3 Uzafate imperezo y’amavuta uyamusuke ku mutwe uvuga uti: ‘Uhoraho aravuze ngo: nkwimikishije amavuta kugira ngo ube umwami wa Isiraheli. Hanyuma ukingure urugi wirukanke, uhunge nta gutindiganya.’ ”

4 Nuko uwo musore w’umuhanuzi ajya i Ramoti y’i Gileyadi.

5 Agezeyo asanga abakuru b’ingabo bakoranye aravuga ati: “Mutware, ngufitiye ubutumwa.”

Yehu aramubaza ati: “Ni nde ushaka muri twe?”

Aramusubiza ati: “Mutware, ni wowe.”

6 Yehu arahaguruka bajyana mu nzu. Uwo musore w’umuhanuzi amusuka amavuta ku mutwe avuga ati: “Uhoraho Imana ya Isiraheli aravuze ngo: ‘Nkwimikishije amavuta kugira ngo ube umwami w’ubwoko bwanjye bw’Abisiraheli.

7 Ni wowe uzatsemba ab’inzu ya shobuja Ahabu, kandi nzaryoza Yezebeli amaraso y’abagaragu banjye b’abahanuzi n’ay’abandi bose Yezebeli yicishije.

8 Inzu yose ya Ahabu izashirira ku icumu. Koko rero, nzarimbura ab’igitsinagabo bose bakomoka kuri Ahabu, n’inkoreragahato n’abishyira bakizana muri Isiraheli.

9 Inzu ya Ahabu nzayigenza nk’uko nagenjeje iya Yerobowamu mwene Nebati, cyangwa iya Bāsha mwene Ahiya.

10 Naho Yezebeli we nta muntu uzashyingura intumbi ye, imbwa zizayirira mu murima w’i Yizerēli.’ ”

Uwo muhanuzi amaze gutangaza ibyo, akingura urugi ahita yihungira.

11 Yehu na we arasohoka asanga abagaragu ba shebuja, baramubaza bati: “Mbese ni amahoro? Uriya musazi yagushakagaho iki?”

Yehu arabasubiza ati: “Nta cyo, namwe ntimuyobewe bariya bantu n’amagambo yabo!”

12 Baramubwira bati: “Witubeshya tubwire uko byagenze.”

Yehu arabasubiza ati: “Yambwiye ati: ‘Uhoraho aravuze ngo: Nkwimikishije amavuta kugira ngo ube umwami wa Isiraheli.’ ”

13 Abakuru mu ngabo barahaguruka buri wese afata umwambaro we, bayisasa aho Yehu yari ahagaze ku ngazi kugira ngo bayimwicazeho. Abacuranzi bavuza amakondera bagira bati: “Yehu yabaye umwami!”

Urupfu rwa Yehoramu

14-15 Muri icyo gihe ingabo zose za Isiraheli zari mu mujyi wa Ramoti y’i Gileyadi, ziwurinze Hazayeli umwami wa Siriya. Icyakora muri iyo ntambara y’Abisiraheli na Hazayeli umwami wa Siriya, Yehoramu yari yarakomeretse. Bityo yari yasubiye i Yizerēli kwiyomoza ibikomere agumayo.

Yehu mwene Yehoshafati akaba n’umwuzukuru wa Nimushi agambanira Yehoramu, abwira abakuru mu ngabo ati: “Niba munshyigikiye muramenye ntihagire ucika muri uyu mujyi, kugira ngo ajye i Yizerēli kuvuga ibyabereye ino.”

16 Nuko Yehu yurira igare ry’intambara atera i Yizerēli kuko ari ho Yehoramu yari arwariye, kandi na Ahaziya umwami w’u Buyuda ni ho yari ari yagiye kumusura.

17 Umurinzi wari mu munara i Yizerēli abona igitero cy’ingabo za Yehu kiraje, arahamagara ati: “Ndabona igitero cy’ingabo.”

Yehoramu arategeka ati: “Nimutume umuntu ugendera ku ifarasi ababaze niba bazanywe n’amahoro.”

18 Umuntu ugendera ku ifarasi ajya gusanganira Yehu, aramubwira ati: “Umwami antumye kukubaza ngo ‘Mbese ni amahoro?’ ”

Yehu aramusubiza ati: “Iby’amahoro ubishakaho iki? Ahubwo hindukira unkurikire.”

Nuko wa murinzi aratuma ati: “Intumwa yabagezeho ariko ntiyagarutse.”

19 Yehoramu yohereza undi ugendera ku ifarasi. Abagezeho arababwira ati: “Umwami antumye kubabaza ngo ‘Mbese ni amahoro?’ ”

Yehu aramusubiza ati: “Iby’amahoro ubishakaho iki? Ahubwo hindukira unkurikire.”

20 Umurinzi yongera gutuma ati: “Intumwa yabagezeho ariko ntiyagarutse. Icyakora uyoboye igare ry’intambara ararigendesha nk’umusazi, ararigendesha nka Yehu umwuzukuru wa Nimushi.”

21 Yehoramu umwami wa Isiraheli arategeka ati: “Nimuntegurire igare ryanjye ry’intambara.” Nuko araryurira, na Ahaziya umwami w’u Buyuda yurira irye bajya gusanganira Yehu, bahurira hafi y’umurima wahoze ari uwa Naboti w’i Yizerēli.

22 Yehoramu ahuye na Yehu aramubaza ati: “Yehu we, mbese uragenzwa n’amahoro?”

Yehu aramusubiza ati: “Yaba se ari amahoro ate, kandi nyoko Yezebeli akomeje gushengerera ibigirwamana no kujya mu by’ubupfumu?”

23 Yehoramu arahindukira kugira ngo ahunge, atakira Ahaziya ati: “Yewe Ahaziya, nagambaniwe!”

24 Yehu afora umuheto we arasa Yehoramu umwambi, winjira mu gihumbi usohokera mu mutima, maze atembagara mu igare rye ry’intambara.

25 Yehu abwira Bidukari umwungirije mu nkambi ati: “Terura intumbi ye uyijugunye mu murima wa Naboti w’i Yizerēli. Wibuke icyo Uhoraho yavuze cya gihe twagendanaga mu igare ry’intambara dukurikiye se Ahabu.

26 Uhoraho yagize ati: ‘Ejo nabonye ukuntu wowe Ahabu wamennye amaraso ya Naboti n’ay’abana be, none nzayakuryoreza muri uwo murima we. Ni jye Uhoraho ubivuze.’ Nuko rero terura iyo ntumbi uyijugunye muri uwo murima, bibe nk’uko Uhoraho yabivuze.”

Urupfu rwa Ahaziya umwami w’u Buyuda

27 Ahaziya umwami w’u Buyuda abibonye atyo, ahunga yerekeza ahitwa i Betigani. Yehu aramukurikira avuga ati: “Na we nimumwice.” Bamurasira mu igare rye azamuka ahitwa i Guri hafi ya Ibuleyamu. Icyakora abasha guhungira i Megido aba ari ho apfira.

28 Abagaragu be batwara umurambo we mu igare ry’intambara, bawushyingura hamwe na ba sekuruza mu Murwa wa Dawidi.

29 Ahaziya yari yarabaye umwami w’u Buyuda mu mwaka wa cumi n’umwe Yehoramu mwene Ahabu ari ku ngoma.

Urupfu rwa Yezebeli

30 Nuko Yehu ajya i Yizerēli. Yezebeli abyumvise yisiga irange ku ngohi, asokoza umusatsi yigira mwiza maze ajya mu idirishya.

31 Yehu yinjiye mu irembo ry’umujyi Yezebeli aramubaza ati: “Ni amahoro Zimuri, wowe wishe shobuja?”

32 Yehu yubura amaso akebuka mu idirishya ararangurura ati: “Unshyigikiye ni nde? Ni nde se?” Abagabo babiri cyangwa batatu b’inkonebamurungurukira mu idirishya.

33 Arababwira ati: “Nimujugunye hasi Yezebeli uriya.” Nuko barahamujugunya. Aragwa amaraso ye yimisha ku rukuta no ku mafarasi. Yehu arahamuribatira n’amafarasi ye.

34 Yehu yinjira mu ngoro ararya aranywa, maze arangije aravuga ati: “Nimutunganye umurambo wa kiriya kivume cy’umugore, mumushyingure kuko yari umwana w’umwami.”

35 Basohoka bagiye kumushyingura, bahabona gusa igihanga n’ibirenge n’ibiganza bye.

36 Basubirayo babibwira Yehu na we ariyamirira ati: “Uko ni ko Uhoraho yari yarabihishuriye umugaragu we Eliya w’i Tishibi, ko mu murima w’i Yizerēli imbwa zizaharira intumbi ya Yezebeli,

37 kandi ko intumbi ye izamera nk’ibishingwe binyanyagijwe mu murima w’i Yizerēli, ku buryo nta wuzabasha kuvuga ati: ‘Uyu ni Yezebeli.’ ”

Categories
2 Abami

2 Abami 10

Itsembwa ry’inzu ya Ahabu

1 Ahabu yari afite abana mirongo irindwi bamukomokaho, batuye i Samariya. Yehu yohereza inzandiko i Samariya ku bakuru b’ingabo z’umujyi, no ku bakuru b’imiryango no ku barindaga abana ba Ahabu. Arabandikira ati:

2 “Mwebwe abashinzwe kwita ku rubyaro rwa Ahabu, mufite amagare y’intambara n’amafarasi kimwe n’umujyi ntamenwa, mukibona uru rwandiko

3 muhite murobanura mu bana ba shobuja Ahabu ukwiriye kuba umwami, ubishoboye kandi w’intwari mumwimike. Bityo mwitegure kurwanira ab’inzu ya shobuja.”

4 Nuko bagira ubwoba cyane baravuga bati: “Tubasha dute guhangara Yehu niba abami babiribatabishoboye?”

5 Umuyobozi w’imirimo y’ibwami, n’umutegetsi w’umujyi n’abakuru b’imiryango n’abarinzi, baherako batuma kuri Yehu bati: “Twe twiyemeje kuba abagaragu bawe, tuzakora ibyo uzadutegeka byose. Bityo nta mwami wundi tuzimika ahubwo wowe ukore ibikunogeye.”

6 Yehu yongera kubandikira ati: “Niba munshyigikiye kandi mukaba munyumvira, nimuce imitwe abana bose ba shobuja Ahabu, ejo nk’iki gihe muzayinsangishe i Yizerēli.”

Abo bana ba Ahabu uko ari mirongo irindwi, bari hirya no hino ku bakuru b’umujyi bari babashinzwe.

7 Ba bayobozi bobonye urwandiko bazana abo bana uko ari mirongo irindwi barabica, maze imitwe yabo bayitekera mu nkangara bayoherereza Yehu i Yizerēli.

8 Intumwa igezeyo ibwira Yehu iti: “Imitwe ya bene Ahabu bayizanye.”

Yehu ategeka ko bayirunda ibirundo bibiri ku irembo ry’umujyi, ikahaguma kugeza bukeye.

9 Bukeye Yehu asohoka mu mujyi ahagarara imbere ya rubanda rwose, aravuga ati: “Mwebwe muri abere, ariko jye nigometse kuri databuja Yehoramu ndamwica. None se aba bose bo bishwe na nde?

10 Nuko rero muzirikane ko nta jambo Uhoraho yavuze ku nzu ya Ahabu, ritashyizwe mu bikorwa. Uhoraho yasohoje ibyo yasezeranye abinyujije ku mugaragu we Eliya.”

11 Bityo Yehu yicisha buri wese ufitanye isano na Ahabu wari usigaye i Yizerēli, kimwe n’abatware bose bo ku ngoma ye n’incuti ze z’amagara, n’abatambyi bose bakoranye na we ntiyagira n’umwe arokora.

Itsembwa ry’abavandimwe ba Ahaziya

12 Hanyuma Yehu ava aho yerekeza i Samariya. Ageze ahitwa i Betekedi y’Abashumba,

13 ahasanga abafitanye isano ya hafi na Ahaziya umwami w’u Buyuda. Arababaza ati: “Muri ba nde?”

Baramusubiza bati: “Dufitanye isano ya hafi na Ahaziya, tuzanywe no gusura abana be kimwe n’ab’umugabekazi Yezebeli.”

14 Yehu arategeka ati: “Nimubafate.” Nuko barabafata barabica, babajugunya mu rwobo rw’i Betekedi. Ntihagira n’umwe ubacika uko ari mirongo ine na babiri.

Yehu ahura na Yonadabu

15 Yehu yigiye imbere gato ahura na Yonadabu mwene Rekabuwari uje kumusanganira, aramuramutsa aramubaza ati: “Mbese uranshyigikiye nk’uko nanjye ngushyigikiye?”

Yonadabu aramusubiza ati: “Yego!”

Yehu ati: “Reka duhane ibiganza.” Nuko bahana ibiganza, hanyuma Yehu amushyira mu igare rye.

16 Yehu aramubwira ati: “Reka tujyane wirebere uburyo nkorera Uhoraho n’ishyaka ryinshi!”

Nuko bajyana mu igare rye.

17 Yehu ageze i Samariya yicisha abakomoka kuri Ahabu bose bari basigaye mu murwa. Bose arabatsemba akurikije ijambo Uhoraho yari yaratumye Eliya.

Yehu atsemba Bāli n’abayoboke bayo

18 Yehu akoranya rubanda rwose maze arababwira ati: “Ahabu yashengereraga buhoro Bāli, naho jyewe Yehu ngiye kuyishengerera byimazeyo.

19 Nimuhamagaze rero abahanuzi bose ba Bāli, n’abayoboke be bose n’abatambyi be bose, ntihagire n’umwe ubura kuko ngiye gutambira Bāli igitambo gikomeye. Ubura wese azahanishwa urupfu.” Yehu yakoresheje ubwo buryarya kugira ngo akoranye abayoboke bose ba Bāli abatsembe.

20 Yehu arategeka ati: “Nimuhamagaze ikoraniro ryo gushengerera Bāli.” Bararihamagaza.

21 Iryo tangazo rikwira muri Isiraheli hose, abayoboke ba Bāli bose baraza hadasigaye n’umwe. Binjira mu ngoro ya Bāli iruzura impande zose.

22 Maze Yehu ategeka ushinzwe imyambaro yeguriwe ingoro, guha buri muyoboke wese wa Bāli umwambaro. Bityo awuha buri wese!

23 Yehu na Yonadabu mwene Rekabu binjira mu ngoro ya Bāli, maze Yehu abwira abayoboke ba Bāli ati: “Mugenzure hirya no hino niba nta mugaragu w’Uhoraho ubarimo, murebe ko ari mwe mwenyine abayoboke ba Bāli.”

24 Nuko barinjira batura amaturo, batamba n’ibitambo bikongorwa n’umuriro. Icyakora Yehu yari yamaze gushyiraho ingabo mirongo inani zashinze ibirindiro hanze. Arababwira ati: “Dore abayoboke ba Bāli mbashyize mu maboko yanyu. Nihagira ureka n’umwe agacika aricwa mu cyimbo cye.”

25 Yehu amaze gutamba ibitambo ategeka za ngabo n’abakuru bazo ati: “Nimwinjire mutsembe abayoboke ba Bāli. Ntihagire n’umwe urokoka.” Izo ngabo n’abakuru bazo ziherako zibatsembesha inkota, intumbi zabo bazijugunya hanze y’umujyi. Hanyuma binjira mu cyumba cy’ingoro cyeguriwe Bāli,

26 basenya inkingi barayisohora barayitwika.

27 Barimbura inkingi yeguriwe Bāli, ingoro yayo yose barayisenya. Aho yari iri bahahindura imisarane ya rubanda nk’uko biri na n’ubu.

28 Nguko uko Yehu yakuyeho Bāli mu gihugu cya Isiraheli.

29 Nyamara na we ntiyareka ibyaha byakorwaga na Yerobowamu mwene Nebati, wari waratoje Abisiraheli gushengerera ibishushanyo by’inyana z’izahabu, byari bishinze i Beteli n’i Dani.

30 Uhoraho abwira Yehu ati: “Kubera ko wakoze ibinogeye, ugasohoza ibyo nari ngamije byose ku nzu ya Ahabu, abazagukomokaho ni bo bazasimburana ku ngoma muri Isiraheli kugeza ku buvivi.”

31 Nyamara Yehu ntiyumviraga Amategeko y’Uhoraho Imana ya Isiraheli abikuye ku mutima. Bityo ntiyaretse gukora ibyaha nk’ibya Yerobowamu wari waratoje Abisiraheli gucumura.

Urupfu rwa Yehu

32 Muri icyo gihe Uhoraho yibasira igihugu cya Isiraheli aragitubya. Ashyigikira Hazayeli umwami wa Siriya arwanya Abisiraheli, aho bari bari hose mu gihugu cyabo.

33 Nuko banyagwa akarere kose k’iburasirazuba bwa Yorodani, n’ak’amajyaruguru ya Aroweri ku nkombe za Arunoni. Ni ukuvuga intara ya Gileyadi n’i Bashani, hatuwe n’Abagadi n’Abarubeni n’Abamanase.

34 Ibindi bikorwa n’ibigwi byose bya Yehu n’ubutwari bwe, byanditswe mu gitabo cyitwa “Ibikorwa by’abami ba Isiraheli.”

35-36 Yehu yamaze imyaka makumyabiri n’umunani ari ku ngoma ya Isiraheli i Samariya, yisazira amahoro bamushyingura i Samariya, umuhungu we Yehowahazi amusimbura ku ngoma.

Categories
2 Abami

2 Abami 11

Umugabekazi Ataliya yigarurira u Buyuda

1 Umugabekazi Ataliya ngo yumve ko umuhungu we Ahaziya yishwe, atangira gutsemba abakomoka ku mwami bose.

2 Ariko Yehosheba umukobwa w’umwami Yoramu, wari mushiki wa Ahaziya, atwara Yowasi umwana wa Ahaziya amukuye mu bana b’umwami bicwaga, amujyanana n’umurezi we amuhisha mu cyumba bararagamo, bityo Ataliya ntiyaba akimubonye kugira ngo amwice.

3 Nuko Yowasi amara imyaka itandatu mu Ngoro y’Imana yihishemo hamwe n’umurezi we. Muri icyo gihe Ataliya ni we wategekaga igihugu.

Iyimikwa rya Yowasi

4 Nuko mu mwaka wa karindwi umutambyi Yehoyada atumiza abagaba b’ingabo zitwa Abakarin’abandi barinzi, abajyana mu Ngoro y’Uhoraho. Agirana na bo isezerano arabarahiza, maze abazanira Yowasi umwana w’umwami.

5 Yehoyada arabategeka ati: “Dore icyo mugomba gukora: mwebwe abashinzwe kurinda inzu y’umwami ku isabato murakora uko bisanzwe, itsinda rya mbere rishinzwe kurinda inzu umwana w’umwami arimo,

6 itsinda rya kabiri rirarinda irembo ryitwa Suru, naho itsinda rya gatatu rirarinda irembo ryitwa iry’Abarinzi. Bityo amatsinda uko ari itatu akajya asimburana kurinda ikigo cy’ibwami.

7 Ku byerekeye imitwe y’ingabo ibiri isigaye idashinzwe kurinda ku isabato, itegetswe kurinda inzu umwami Yowasi abamo mu Ngoro y’Imana.

8 Buri wese agomba kuba yitwaje intwaro buri gihe, kandi mugahora mushagaye umwami igihe cyose. Uzabasatira aho mushinze ibirindiro azicwe.”

9 Nuko abo bagaba b’ingabo babigenza uko umutambyi Yehoyada yabategetse. Buri wese afata abasirikari be, ari abagiye ku izamu ku isabato ari n’abavuye ku izamu, babazanira umutambyi Yehoyada.

10 Bahageze abaha amacumu n’ingabo byari iby’Umwami Dawidi, byari bibitswe mu Ngoro y’Uhoraho.

11 Abasirikari bamaze gufata intwaro bashinga ibirindiro aho umwana w’umwami ari, bakikije urutambiro n’Ingoro y’Uhoraho ubwayo, uhereye mu ruhande rwayo rw’amajyepfo ukagera mu ruhande rwayo rw’amajyaruguru.

12 Nuko Yehoyada azana umwana w’umwami amwambika ikamba, amushyikiriza n’inyandiko irimo amategeko agenga ubwami, amwerekana ku mugaragaro. Bityo bamwimikisha amavuta, rubanda rukoma amashyi ruvuga ruti: “Harakabaho umwami!”

13 Umugabekazi Ataliya yumvise urusaku rw’abarinzi n’urwa rubanda, agenda abasanga mu Ngoro y’Uhoraho.

14 Asanga harimo umwami uhagaze iruhande rw’inkingi y’Ingoro nk’uko umuhango wari uri. Abagaba b’ingabo n’abavuza amakondera bari bamukikije, rubanda rwaturutse imihanda yose rumushyigikiye ruvuza amakondera. Ataliya aherako ashishimura imyambaro ye, arataka cyane ati: “Mbega ubugambanyi, mbega ubugambanyi!”

15 Umutambyi Yehoyada ategeka abagaba b’ingabo ati: “Nimumusohore mumunyuze hagati y’imirongo y’ingabo, ushaka kumukurikira mumwicishe inkota.” Yehoyada yibwiraga ko umugabekazi adakwiye kwicirwa mu Ngoro y’Uhoraho.

16 Nuko baherako baramujyana bamunyuza mu Irembo ry’Amafarasi, bamugejeje ku ngoro y’umwami aba ari ho bamwicira.

Impinduka Yehoyada yakoze

17 Yehoyada asaba umwami na rubanda kugirana Isezerano n’Uhoraho ko bamuyobotse, n’umwami agirana amasezerano na rubanda.

18 Rubanda rwose rwiroha ku ngoro ya Bāli ruyirindimurira hasi, intambiro n’amashusho byayo barabimenagura, batsinda Matani umutambyi wa Bāli aho imbere y’intambiro.

Nuko Yehoyada ashyira abarinzi ku Ngoro y’Uhoraho.

19 Afata abagaba b’ingabo, n’ingabo z’Abakari n’abarinzi na rubanda, bashagara umwami kuva ku Ngoro y’Uhoraho bamunyujije ku irembo ry’abarinzi, bamugeza mu ngoro ya cyami maze bamwicaza ku ntebe ya cyami.

20 Rubanda rwose basābwa n’ibyishimo, umujyi wose uratuza kubera ko Ataliya yicishijwe inkota ibwami.

Categories
2 Abami

2 Abami 12

Yowasi aba umwami w’u Buyuda

1 Mu mwaka wa karindwi Yehu ari ku ngoma muri Isiraheli, Yowasi yabaye umwami w’u Buyuda afite imyaka irindwi, amara imyaka mirongo ine ari ku ngoma i Yeruzalemu. Nyina yitwaga Sibiya w’i Bērisheba.

2 Mu mibereho ye yose Yowasi yakoze ibinogeye Uhoraho, kuko umutambyi Yehoyada yari yaramureze neza.

3 Icyakora ntibigeze bakuraho ahasengerwaga, rubanda bakomeje kuhatambira ibitambo no kuhosereza imibavu.

Yowasi asanisha Ingoro y’Uhoraho

4 Yowasi abwira abatambyi ati: “Mukoranye amafaranga yose azanwa mu Ngoro ku bw’imirimo y’Uhoraho: umusoro wa buri muntu asoreshwa ku bintu bitandukanye n’ayo abantu batanga ku bushake bwabo.

5 Buri mutambyi yakire amafaranga avuye kuri buri mucungamutungo. Ayo mafaranga bazayakoresha mu gusana aho Ingoro y’Uhoraho yasenyutse hose.”

6 Nyamara kugeza mu mwaka wa makumyabiri n’itatu Yowasi ari ku ngoma, abatambyi bari bataratangira gusana Ingoro.

7 Umwami Yowasi ahamagaza Yehoyada n’abandi batambyi, arababaza ati: “Kuki mutasannye Ingoro? Nuko rero uhereye ubu ntimuzongere kwaka incuti zanyu imfashanyo. Zizajya zizigamirwa gusana Ingoro y’Uhoraho.”

8 Bityo abatambyi biyemerera kutazongera gukoranya amafaranga ya rubanda, no gushingwa imirimo yo gusana Ingoro.

9 Umutambyi Yehoyada azana isanduku atobora umwenge mu gipfundikizo cyayo, ayishyira iruhande rw’iburyo rw’urutambiro uvuye aho binjirira mu Ngoro. Abatambyi barindaga aho binjirira bakajya bayishyiramo amafaranga yose azanywe mu Ngoro y’Uhoraho.

10 Iyo babonaga ko ayo mafaranga amaze kugwira mu isanduku, bahamagazaga umunyamabanga w’umwami n’Umutambyi mukuru bakayabarura, bakayashyira mu mifuka yabigenewe.

11 Amafaranga amaze kubarurwa bakayashyikiriza abubakisha n’abagenzuzi b’imirimo yo ku Ngoro y’Uhoraho, kugira ngo na bo bayahembe abaconzi n’abafundi basana Ingoro y’Uhoraho,

12 kimwe n’abaconzi b’amabuye n’ababatsi. Bityo amafaranga asigaye bayaguraga ibikoresho birimo imbaho n’amabuye abaconzwe byo gusana Ingoro y’Uhoraho, no kwishyura ibindi bya ngombwa byose byo kuyisana.

13 Icyakora amafaranga yatangwaga mu Ngoro y’Uhoraho ntiyishyurwaga imirimo yo gucura ibikombe by’ifeza cyangwa ibikoresho by’ibyuma, cyangwa ibyungo cyangwa amakondera, cyangwa ibindi bikoresho byose by’izahabu n’ifeza.

14 Ahubwo yose bayashyikirizaga abubakishaga, kugira ngo basanishe Ingoro y’Uhoraho.

15 Nta n’ubwo birirwaga bagenzura abo bubakishaga uburyo bahembaga abakozi, kuko babikoranaga umurava.

16 Amafaranga yatangwaga mu mwanya wo kwitambira ibitambo byo kwigorora n’iby’impongano z’ibyaha byabo, ntiyashyirwaga mu bubiko bw’Ingoro y’Uhoraho, ahubwo yabaga umugabane w’abatambyi.

Iherezo ry’ingoma ya Yowasi

17 Muri icyo gihe Hazayeli umwami wa Siriya atera i Gati arahigarurira. Hanyuma agambirira no gutera i Yeruzalemu,

18 ariko Yowasi umwami w’u Buyuda akoranya impano zose z’agaciro, ba sekuruza Yozafati na Yoramu na Ahaziya abami b’u Buyuda na we ubwe beguriye Uhoraho, hamwe n’izahabu yose yari mu bubiko bw’Ingoro y’Uhoraho no mu bw’ingoro y’umwami. Byose babijyana kubitura Hazayeli umwami wa Siriya, maze areka gutera Yeruzalemu.

19 Ibindi bikorwa n’ibigwi byose bya Yowasi, byanditswe mu gitabo cyitwa “Ibikorwa by’abami b’u Buyuda.”

20-21 Hanyuma abagaragu be baramugambanira, babiri muri bo ari bo Yozabadi mwene Shimeyati na Yehozabadi mwene Shomeri, bicira Yowasi i Betimilo mu nzira imanuka ijya i Sila. Bamushyingura hamwe na ba sekuruza mu Murwa wa Dawidi, umuhungu we Amasiya amusimbura ku ngoma.

Categories
2 Abami

2 Abami 13

Yehowahazi aba umwami wa Isiraheli

1 Mu mwaka wa makumyabiri n’itatu Yowasi mwene Ahaziya ari ku ngoma mu Buyuda, Yehowahazi mwene Yehu yabaye umwami wa Isiraheli, amara imyaka cumi n’irindwi ari ku ngoma i Samariya.

2 Yehowahazi yakoze ibitanogeye Uhoraho, akomeza gukora ibyaha nk’ibyo Yerobowamu mwene Nebati yatoje Abisiraheli, ntiyigera abireka.

3 Bityo Uhoraho arakarira Abisiraheli, akajya abagabiza umwami Hazayeli wa Siriya n’umuhungu we Benihadadi. Ibyo bimara igihe kirekire.

4 Yehowahazi atakambira Uhoraho, Uhoraho amwitaho kuko yari yabonye ukuntu umwami wa Siriya yagiye akandamiza Abisiraheli.

5 Nuko Uhoraho ahagurutsa umurengezi wo gutabara Abisiraheli maze barokoka Abanyasiriya, bityo Abisiraheli basubirana umutekano nka mbere.

6 Nyamara Abisiraheli ntibihana gukora ibyaha nk’iby’inzu ya Yerobowamu watoje Abisiraheli gucumura, ndetse n’inkingi yari yareguriwe imanakazi Ashera yakomeje kuba i Samariya.

7 Yehowahazi yari asigaranye gusa abarwanira ku mafarasi mirongo itanu, n’amagare y’intambara icumi, n’ingabo ibihumbi icumi zigenda ku maguru. Abandi bose umwami wa Siriya yari yarabatsembye abahindura umukungugu.

8 Ibindi bikorwa n’ibigwi byose bya Yehowahazi n’ubutwari bwe, byanditswe mu gitabo cyitwa “Ibikorwa by’abami ba Isiraheli”.

9 Yehowahazi yisazira amahoro bamushyingura i Samariya. Umuhungu we Yehowasi amusimbura ku ngoma.

Yehowasi aba umwami wa Isiraheli

10 Mu mwaka wa mirongo itatu n’irindwi Yowasi ari ku ngoma mu Buyuda, Yehowasi mwene Yehowahazi yabaye umwami muri Isiraheli, amara imyaka cumi n’itandatu ari ku ngoma i Samariya.

11 Yehowasi yakoze ibitanogeye Uhoraho, yakomeje gukora ibyaha byose nk’ibyo Yerobowamu mwene Nebati yatoje Abisiraheli, ntiyigera abireka.

12 Ibindi bikorwa n’ibigwi byose bya Yehowasi, n’ubutwari yagaragaje arwana na Amasiya umwami w’u Buyuda, byanditswe mu gitabo cyitwa “Ibikorwa by’abami ba Isiraheli”.

13 Hanyuma Yehowasi yisazira amahoro bamushyingura i Samariya hamwe na ba sekuru, abami ba Isiraheli. Yerobowamu amusimbura ku ngoma.

Elisha ahanura ugutsindwa kw’Abanyasiriya

14 Elisha ararwara araremba byo gupfa. Yehowasi umwami wa Isiraheli agiye kumusura amwubararaho aramuririra, araboroga ati: “Mubyeyi, mubyeyi wanjye! Mbega ukuntu wari uhwanye n’amagare y’intambara n’abarwanira ku mafarasi, byose bya Isiraheli!”

15 Elisha aramubwira ati: “Ngaho zana umuheto n’imyambi.” Yehowasi arabizana.

16-17 Elisha ati: “Kingura idirishya ryerekeye iburasirazuba.” Amaze kurikingura yungamo ati: “Fora umuheto.” Amaze kuwufora Elisha ashyira ibiganza bye ku biganza by’umwami. Aramubwira ati: “Rasa.” Na we ararasa. Elisha aravuga ati: “Uwo mwambi urashe urashushanya uko Uhoraho azaguha gutsinda Abanyasiriya.” Uzatsindira Abanyasiriya Afekaubatsembeho.

18 Nuko Elisha yongera kubwira umwami Yehowasi ati: “Zana indi myambi.” Nuko arayizana. Elisha abwira umwami wa Isiraheli ati: “Kubite hasi.” Akubita hasi gatatu arekara aho.

19 Elisha arakarira Yehowasi aramubwira ati: “Washoboraga gukubita hasi incuro eshanu cyangwa esheshatu, bityo ukazatsinda Abanyasiriya burundu. Ariko none uzabatsinda incuro eshatu gusa.”

20 Hanyuma Elisha arapfa baramushyingura.

Uko umwaka utashye udutsiko tw’Abamowabu twateraga muri Isiraheli.

21 Igihe kimwe Abisiraheli bagiye gushyingura umurambo mu irimbi aho bashyinguye Elisha, bahubirana n’udutsiko tw’Abamowabu maze umurambo bawujugunya mu mva ya Elisha. Umurambo ukoze ku magufwa ya Elisha, uwari upfuye agarura ubuzima arahaguruka.

Abanyasiriya batsindwa

22 Hazayeli umwami wa Siriya yari yarakandamije Abisiraheli ku ngoma yose ya Yehowahazi.

23 Nuko Uhoraho agirira impuhwe Abisiraheli, arabababarira abitewe no kuzirikana Isezerano yagiranye na Aburahamu na Izaki na Yakobo, maze areka kubatsemba. Kugeza ubwo yari atarabamenesha, kugira ngo abacire kure ye.

24 Hazayeli umwami wa Siriya amaze gupfa, umuhungu we Benihadadi amusimbura ku ngoma.

25 Yehowasi mwene Yehowahazi yigarurira imijyi y’Abisiraheli, yari mu maboko ya Benihadadi mwene Hazayeli. Iyo mijyi Hazayeli yari yarayinyaze Yehowahazi se w’umwami Yehowasi. Yehowasi atsinda Benihadadi incuro eshatu, agaruza imijyi ya Isiraheli.

Categories
2 Abami

2 Abami 14

Amasiya aba umwami w’u Buyuda

1 Mu mwaka wa kabiri Yehowasi mwene Yehowahazi ari ku ngoma muri Isiraheli, Amasiya mwene Yowasi yabaye umwami mu Buyuda.

2 Icyo gihe yari afite imyaka makumyabiri n’itanu, amara imyaka makumyabiri n’icyenda ari ku ngoma i Yeruzalemu. Nyina yitwaga Yehoyadini w’i Yeruzalemu.

3 Amasiya yakoze ibinogeye Uhoraho nka se Yowasi, ariko ntiyageza aha sekuruza Umwami Dawidi. Ahubwo yakoze nka se Yowasi muri byose.

4 Icyakora ntibigeze bakuraho ahasengerwaga, rubanda bakomeje kuhatambira ibitambo no kuhosereza imibavu.

5 Amasiya amaze gukomeza ingoma ye, atsemba abagaragu be bari barishe se umwami Yowasi.

6 Icyakora ntiyicisha abana babo akurikije ibyanditswe mu Mategeko y’igitabo cya Musa, aho Uhoraho avuga ati: “Ababyeyi ntibakicwe baryozwa ibyaha by’abana babo, kandi n’abana ntibakicwe baryozwa ibyaha by’ababyeyi. Ahubwo uwakoze icyaha cyo kumwicisha abe ari we wenyine wicwa.”

7 Amasiya amarira ku icumu Abedomu ibihumbi icumi mu kibaya cy’Umunyu, atera umudugudu wa Sela arawigarurira. Kuva ubwo witwa Yokitēli kugeza na n’ubu.

8 Amasiya atuma ku mwami wa Isiraheli Yehowasi mwene Yehowahazi akaba n’umwuzukuru wa Yehu, wigeze kuba umwami wa Isiraheli. Aramubwira ati: “Ngwino turwane imbonankubone!”

9 Nuko Yehowasi umwami wa Isiraheli atuma kuri Amasiya umwami w’u Buyuda ati: “Igihe kimwe igitovu cyo ku bisi bya Libani cyatumye ku giti cy’isederi cy’aho i Libani kiti: ‘Ndagusaba umugeni w’umuhungu wanjye.’ Bukeye inyamaswa inyura kuri icyo gitovu irakiribata.

10 Koko wamariye Abedomu ku icumu none uriyumvamo ikuzo. Ishimire iryo kuzo, ariko tuza ugume iwawe! Kuki wikururira intambara kandi izaguhitana hamwe n’igihugu cy’u Buyuda?”

11 Nyamara Amasiya ntiyita kuri uwo muburo. Nuko Yehowasi umwami wa Isiraheli ajya ku rugamba, ahangana na Amasiya umwami w’u Buyuda barwanira i Beti-Shemeshimu Buyuda.

12 Abayuda bameneshwa n’Abisiraheli barahunga, buri wese ajya iwe.

13 Yehowasi umwami wa Isiraheli afatira i Beti-Shemeshi umwami w’u Buyuda Amasiya mwene Yowasi, akaba n’umwuzukuru wa Ahaziya. Nuko ajya i Yeruzalemu asenya urukuta ruzengurutse umujyi, kuva ku irembo rya Efurayimu kugera ku irembo ry’Inguni, hareshya hafi na metero magana abiri.

14 Nuko asahura izahabu n’ifeza n’ibindi bikoresho byose byari mu Ngoro y’Uhoraho, n’ibyari mu bubiko bw’ibwami. Atwara abantu ho ingwate maze yisubirira i Samariya.

15 Ibindi bikorwa n’ibigwi byose bya Yehowasi, n’ubutwari yagaragaje arwana na Amasiya umwami w’u Buyuda, byanditswe mu gitabo cyitwa “Ibikorwa by’abami ba Isiraheli.”

16 Hanyuma Yehowasi yisazira amahoro, bamushyingura i Samariya hamwe n’abami ba Isiraheli. Umuhungu we Yerobowamu amusimbura ku ngoma.

Urupfu rwa Amasiya umwami w’u Buyuda

17 Yehowasi mwene Yehowahazi umwami wa Isiraheli amaze gupfa, Amasiya mwene Yowasi amara indi myaka cumi n’itanu ari ku ngoma mu Buyuda.

18 Ibindi bikorwa bya Amasiya, byanditswe mu gitabo cyitwa “Ibikorwa by’abami b’u Buyuda.”

19 Hanyuma abaturage b’i Yeruzalemu bagambanira Amasiya maze ahungira i Lakishi, ariko bamukurikiranayo baramwica.

20 Umurambo we bawuzana i Yeruzalemu mu igare rikururwa n’amafarasi, bamushyingura hamwe na ba sekuruza mu Murwa wa Dawidi.

21 Abayuda bose bimika Uziyamwene Amasiya asimbura se ku ngoma, icyo gihe yari afite imyaka cumi n’itandatu.

22 Se amaze gupfa, Uziya yagaruje umujyi wa Elatiarawusana.

Yehoramu wa kabiri aba umwami wa Isiraheli

23 Mu mwaka wa cumi n’itanu Amasiya mwene Yowasi ari ku ngoma mu Buyuda, Yerobowamu mwene Yehowasi yabaye umwami wa Isiraheli, amara imyaka mirongo ine n’umwe ari ku ngoma i Samariya.

24 Yerobowamu uwo yakoze ibitanogeye Uhoraho nk’ibyo Yerobowamu mwene Nebati yatoje Abisiraheli.

25 Icyakora yagaruje intara zose zahoze ari iza Isiraheli kuva ahitwaga Lebo-Hamati mu majyaruguru, kugera ku kiyaga cy’Umunyu mu majyepfo. Nuko ibyavuzwe n’umuhanuzi Yonasi mwene Amitayi w’i Gati-Heferi birasohozwa, nk’uko Uhoraho Imana ya Isiraheli yari yarabimutumye.

26 Koko rero Uhoraho yari yarabonye ukuntu Abisiraheli bakandamizwaga bikabije, ntibari bafite uwo kubarengera uwo ari we wese.

27 Icyakora Uhoraho ntabwo yari yariyemeje gutsemba Abisiraheli burundu. Ni cyo cyatumye abagoboka akoresheje Yerobowamu mwene Yehowasi.

28 Ibindi bikorwa n’ibigwi byose bya Yerobowamu, n’ubutwari mu ntambara yarwanye n’uburyo yagarurije Isiraheli umujyi wa Damasi n’uwa Hamati yahoze iyoboka u Buyuda, byose byanditswe mu gitabo cyitwa “Ibikorwa by’abami ba Isiraheli.”

29 Yerobowamu yisazira amahoro, bamushyingura hamwe n’abami ba Isiraheli. Umuhungu we Zakariya amusimbura ku ngoma.

Categories
2 Abami

2 Abami 15

Uziya aba umwami w’u Buyuda

1 Mu mwaka wa makumyabiri n’irindwi Yerobowamu ari ku ngoma muri Isiraheli, Uziya mwene Amasiya yabaye umwami w’u Buyuda.

2 Icyo gihe Uziya yari afite imyaka cumi n’itandatu, amara imyaka mirongo itanu n’ibiri ari ku ngoma i Yeruzalemu. Nyina yitwaga Yekoliya w’i Yeruzalemu.

3 Uziya akora ibinogeye Uhoraho nka se Amasiya.

4 Icyakora ntibigeze bakuraho ahasengerwaga, rubanda bakomeje kuhatambira ibitambo no kuhosereza imibavu.

5 Uhoraho ahana umwami Uziya amuteza indwara z’uruhu zanduza, kuva ubwo kugeza igihe yapfiriye ahabwa akato. Umuhungu we Yotamu wari umuyobozi w’imirimo y’ibwami arimikwa ategeka igihugu.

6 Ibindi bikorwa n’ibigwi byose bya Uziya, byanditswe mu gitabo cyitwa “Ibikorwa by’abami b’u Buyuda.”

7 Uziya amaze gupfa bamushyingura hamwe na ba sekuruza mu Murwa wa Dawidi. Umuhungu we Yotamu amusimbura ku ngoma.

Zakariya aba umwami wa Isiraheli

8 Mu mwaka wa mirongo itatu n’umunani Uziyaari ku ngoma mu Buyuda, Zakariya mwene Yerobowamu yabaye umwami wa Isiraheli, amara amezi atandatu ari ku ngoma i Samariya.

9 Zakariya yakoze ibitanogeye Uhoraho kimwe na ba sekuruza, yakomeje gukora ibyaha nk’ibyo Yerobowamu mwene Nebati yatoje Abisiraheli.

10 Nuko uwitwa Shalumu mwene Yabeshi aramugambanira, aramutera amutsinda imbere ya rubanda maze amusimbura ku ngoma.

11 Ibindi bikorwa bya Zakariya, byanditswe mu gitabo cyitwa “Ibikorwa by’abami ba Isiraheli.”

12 Bityo, rya jambo Uhoraho yabwiye Yehu riba rirasohoye ngo “Abazagukomokaho bazasimburana ku ngoma bayobore Isiraheli kugeza ku buvivi.”

Shalumu aba umwami wa Isiraheli

13 Mu mwaka wa mirongo itatu n’icyenda Uziya ari ku ngoma mu Buyuda, Shalumu mwene Yabeshi yabaye umwami wa Isiraheli, amara ukwezi kumwe ari ku ngoma i Samariya.

14 Menahemu mwene Gadi ava i Tirusa yigira i Samariya, atera Shalumu mwene Yabeshi aramwica aba ari we umusimbura ku ngoma.

15 Ibindi bikorwa bya Shalumu n’uko yagambaniye Zakariya, byanditswe mu gitabo cyitwa “Ibikorwa by’abami b’Abisiraheli”.

16 Menahemu atera umujyi wa Tipusa atsemba abari bawutuye bose, kandi atsemba n’abari batuye hagati y’aho na Tirusa. Uwo mujyi yawuteye awuziza ko wari wanze kumwakira, maze abagore batwite asanzemo arabafomoza.

Menahemu aba umwami wa Isiraheli

17 Mu mwaka wa mirongo itatu n’icyenda Uziya ari ku ngoma mu Buyuda, Menahemu mwene Gadi yabaye umwami wa Isiraheli, amara imyaka icumi ari ku ngoma i Samariya.

18 Muri icyo gihe cyose, Menahemu yakoze ibitanogeye Uhoraho, yakomeje gukora ibyaha nk’ibyo Yerobowamu mwene Nebati yatoje Abisiraheli.

19 Tigulati-Pileseriumwami wa Ashūru atera Isiraheli, maze Menahemu amuhongera toni mirongo itatu z’ifeza kugira ngo amushyigikire abashe gukomera ku ngoma.

20 Kugira ngo izo feza ziboneke Menahemu yashyizeho umusoro ku bakire b’Abisiraheli, buri wese wifite agatanga ibikoroto mirongo itanu by’ifeza. Bamaze gushyikiriza izo feza umwami wa Ashūru, aherako ava mu gihugu asubira inyuma.

21 Ibindi bikorwa n’ibigwi byose bya Menahemu, byanditswe mu gitabo cyitwa “Ibikorwa by’abami ba Isiraheli”.

22 Menahemu yisazira amahoro, umuhungu we Pekahiya amusimbura ku ngoma.

Pekahiya aba umwami wa Isiraheli

23 Mu mwaka wa mirongo itanu Uziya ari ku ngoma mu Buyuda, Pekahiya mwene Menahemu yabaye umwami wa Isiraheli, amara imyaka ibiri ari ku ngoma i Samariya.

24 Pekahiya yakoze ibitanogeye Uhoraho, yakomeje gukora ibyaha nk’ibyo Yerobowamu mwene Nebati yatoje Abisiraheli.

25 Hanyuma uwitwaga Peka mwene Remaliya yari yaragize icyegera cye aramugambanira, amwicana na Arugobu na Ariyeha yifatanyije n’Abanyagileyadi mirongo itanu. Babicira i Samariya mu kigo cy’ibwami, bityo Peka asimbura Pekahiya ku ngoma.

26 Ibindi bikorwa n’ibigwi byose bya Pekahiya, byanditswe mu gitabo cyitwa “Ibikorwa by’abami ba Isiraheli”.

Peka aba umwami wa Isiraheli

27 Mu mwaka wa mirongo itanu n’ibiri Uziya ari ku ngoma mu Buyuda, Peka mwene Remaliya yabaye umwami wa Isiraheli, amara imyaka makumyabiri ari ku ngoma i Samariya.

28 Peka yakoze ibitanogeye Uhoraho, yakomeje gukora ibyaha nk’ibyo Yerobowamu mwene Nebati yatoje Abisiraheli.

29 Peka akiri ku ngoma muri Isiraheli, Tigulati-Pileseri umwami wa Ashūru yigaruriye Iyoni na Abeli-Betimāka, na Yanowa na Kadeshi na Hasori, yigarurira n’intara ya Gileyadi n’iya Galileya, ari yo ntara yose y’Abanafutali. Abaturage baho abajyana ho iminyago muri Ashūru.

30 Hanyuma Hozeya mwene Ela agambanira Peka mwene Remaliya aramwica, bityo amusimbura ku ngoma. Hari mu mwaka wa makumyabiri Yotamu mwene Uziya ari ku ngoma mu Buyuda.

31 Ibindi bikorwa n’ibigwi byose bya Peka, byanditswe mu gitabo cyitwa “Ibikorwa by’abami ba Isiraheli”.

Yotamu aba umwami w’u Buyuda

32 Mu mwaka wa kabiri Peka mwene Remaliya ari ku ngoma muri Isiraheli, Yotamu mwene Uziya yabaye umwami w’u Buyuda.

33 Icyo gihe Yotamu yari afite imyaka makumyabiri n’itanu, amara imyaka cumi n’itandatu ari ku ngoma i Yeruzalemu. Nyina yitwaga Yerusha umukobwa wa Sadoki.

34 Yotamu yakoze ibinogeye Uhoraho nka se Uziya.

35 Icyakora ntibigeze bakuraho ahasengerwaga, rubanda bakomeje kuhatambira ibitambo no kuhosereza imibavu. Yotamu yubakishije irembo ry’amajyaruguru y’Ingoro y’Uhoraho.

36 Ibindi bikorwa n’ibigwi bya Yotamu, byanditswe mu gitabo cyitwa “Ibikorwa by’abami b’u Buyuda”.

37 Mu gihe cya Yotamu, Uhoraho yohereje Resini umwami wa Siriya na Peka mwene Remaliya umwami wa Isiraheli, kurwanya u Buyuda.

38 Hanyuma Yotamu yisazira amahoro, bamushyingura hamwe na ba sekuruza mu murwa wa sekuruza Dawidi. Umuhungu we Ahazi amusimbura ku ngoma.

Categories
2 Abami

2 Abami 16

Ahazi aba umwami w’u Buyuda

1 Mu mwaka wa cumi n’irindwi Peka mwene Remaliya ari ku ngoma muri Isiraheli, Ahazi mwene Yotamu yabaye umwami w’u Buyuda.

2 Icyo gihe Ahazi yari afite imyaka makumyabiri, amara imyaka cumi n’itandatu ari ku ngoma i Yeruzalemu. Yakoze ibitanogeye Uhoraho Imana ye, ntiyagenza nka sekuruza Umwami Dawidi.

3 Yagenje nk’abami ba Isiraheli ageza n’aho atamba umwana we, amucisha mu muriro akurikije imihango iteye ishozi yakorwaga n’abanyamahanga, Uhoraho yari yarirukanye mu gihugu akayasimbuza Abisiraheli.

4 Nuko atamba n’ibitambo yosereza n’imibavu ahasengerwaga ibigirwamana, no mu mpinga z’imisozi, no munsi y’ibiti byose bitoshye.

5 Resini umwami wa Siriya, na Peka mwene Remaliya umwami wa Isiraheli batera Yeruzalemu maze bagota umwami Ahazi, ariko ntibabasha kumutsinda.

6 Muri icyo gihe umwami Resini wa Siriya ni bwo agaruriye Abedomuumujyi wa Elati, amaze kuwuneshamo Abayuda. Nuko Abedomu baratahuka bawuturamo kugeza na bugingo n’ubu.

7 Ahazi aherako yohereza intumwa kwa Tigulati-Pileseri umwami wa Ashūru kumubwira ziti: “Jyewe ndi nk’umwana wawe n’umugaragu wawe. None ngwino unkize umwami wa Siriya n’uwa Isiraheli banteye.”

8 Nuko akoranya izahabu n’ifeza byari mu Ngoro y’Uhoraho no mu bubiko bw’ibwami, abyoherereza uwo mwami ho impano.

9 Umwami wa Ashūru akora ibyo Ahazi amusabye atera i Damasi arahigarurira, abaho abajyana ho iminyago i Kiri kandi yica Resini.

10 Ahazi ajya i Damasi guhura na Tigulati-Pileseri umwami wa Ashūru, ahabona urutambiro ruri mu Ngoro y’i Damasi, yoherereza umutambyi Uriya igishushanyo cyarwo n’imiterere yarwo yose.

11 Uriya yubakisha urutambiro akurikije bidasubirwaho amabwiriza umwami Ahazi yamwoherereje, ndetse arurangiza mbere y’uko Ahazi ahindukira ava i Damasi.

12 Umwami ngo ave i Damasi abona urwo rutambiro maze ararwegera,

13 arutambiraho igitambo gikongorwa n’umuriro, aruturiraho ituro ry’ifu n’ituro risukwa, ahamisha n’amaraso y’igitambo cy’umusangiro.

14 Ahazi yimura urutambiro rw’umuringa rwari rweguriwe Uhoraho. Urwo rutambiro rwari imbere y’Ingoro, hagati y’urutambiro rushya n’Ingoro y’Uhoraho, arwimurira mu ruhande rw’amajyaruguru y’urwo rutambiro rushya.

15 Nuko umwami Ahazi ategeka umutambyi Uriya ati: “Uzajye utambira kuri uru rutambiro rugari igitambo gikongorwa n’umuriro cya buri gitondo, n’ituro ry’ifu rya buri kigoroba, n’ibitambo byanjye bikongorwa n’umuriro biherekejwe n’ituro ryanjye ry’ifu, n’ibitambo bikongorwa n’umuriro bya rubanda biherekejwe n’amaturo yabo y’ifu n’amaturo asukwa. Nzamishaho amaraso yose y’ibitambo bikongorwa n’umuriro n’ay’ibindi bitambo. Naho ibyerekeye urutambiro rw’umuringa, nzarukoresha mu kugisha inama Imana.”

16 Umutambyi Uriya ashyira mu bikorwa ibyemezo byose by’umwami Ahazi.

17 Hanyuma Umwami Ahazi yomora ibisate by’umuringa byari ku bigare byo mu rugo rw’Ingoro, akuraho n’igikarabiro kuri ibyo bisate. Nuko akivanaho amashusho cumi n’abiri y’amapfizi akozwe mu muringa, maze agitereka ku gitereko cy’ibuye.

18 Asenya ibaraza ryitwaga iry’isabato ryari ryubatse imbere mu Ngoro, akuraho n’irembo ry’urugo umwami yinjiriragamo, byose agendereye gushimisha umwami wa Ashūru.

19 Ibindi bikorwa n’ibigwi bya Ahazi, byanditswe mu gitabo cyitwa “Ibikorwa by’abami b’u Buyuda”.

20 Nuko Ahazi amaze gupfa ashyingurwa mu irimbi rya ba sekuruza mu Murwa wa Dawidi. Umuhungu we Hezekiya amusimbura ku ngoma

Categories
2 Abami

2 Abami 17

Hozeya aba umwami wa Isiraheli

1 Mu mwaka wa cumi n’ibiri Ahazi ari ku ngoma mu Buyuda, Hozeya mwene Ela yabaye umwami wa Isiraheli, amara imyaka icyenda ari ku ngoma i Samariya.

2 Hozeya yakoze ibitanogeye Uhoraho, icyakora ntiyakabije nk’abami ba Isiraheli bamubanjirije.

3 Shalimaneseri umwami wa Ashūru aramutera, Hozeya aramuyoboka akajya amuzanira amaturo buri mwaka.

4 Bitinze Hozeya agomera Shalimaneseri, atuma intumwa ku mwami wa Misiri witwaga So, ntiyongera kandi koherereza amaturo umwami wa Ashūru. Uwo mwami wa Ashūru abibonye atyo afata Hozeya amushyira muri gereza.

Ifatwa rya Samariya

5 Hanyuma umwami wa Ashūru atera igihugu cyose cya Isiraheli, agota Samariya kumara imyaka itatu.

6 Bityo yigarurira Samariya mu mwaka wa cyenda Hozeya ari ku ngoma, ajyana Abisiraheli ho iminyago muri Ashūru abatuza ahitwa i Hala, n’i Gozani mu nkengero z’uruzi rwa Habori no mu mijyi y’Abamedi.

Impamvu Isiraheli yarimbutse

7 Ibyo byago byageze ku Bisiraheli kubera ko bari baracumuye ku Uhoraho Imana yabo, wabavanye mu gihugu cya Misiri aho bari inkoreragahato z’umwami w’aho, abaziza gushengerera izindi mana.

8 Bagenzaga nk’abanyamahanga Uhoraho yari yarirukanye imbere yabo kugira ngo babasimbure. Bakurikizaga kandi imigenzo izira abami ba Isiraheli badukanaga.

9 Abisiraheli bakoraga rwihishwa ibintu bitanogeye Uhoraho Imana yabo, kandi bakiyubakira mu mijyi yabo yose ahasengerwaga ibigirwamana, uhereye ku nsisiro ukageza ku mijyi ntamenwa.

10 Bashingaga amabuye n’inkingi byeguriwe ikigirwamana Ashera mu mpinga z’imisozi zose, no munsi y’ibiti byose by’inganzamarumbu.

11 Aho hantu hose bahosereza imibavu, bagenza nk’abanyamahanga Uhoraho yari yarirukanye. Nuko bakora ibitanogeye Uhoraho baramurakaza.

12 Koko rero Abisiraheli bashengereye ibigirwamana Uhoraho yari yarabihanangirije ati: “Ntimuzabishengerere.”

13 Uhoraho yari yaraburiye Abisiraheli n’Abayuda abinyujije ku bahanuzi batari bamwe ati: “Nimuhindukire mureke gukora ibibi, mukurikize amabwiriza n’amateka byanjye nahaye ba sogokuruza mu Mategeko, n’ayo nabatumyeho abagaragu banjye b’abahanuzi.”

14 Nyamara abo bantu barinangira banga kumvira, bagenza nk’uko ba sekuruza babigenje ntibagirira icyizere Uhoraho Imana yabo.

15 Banze amateka ye n’Isezerano yagiranye na ba sekuruza, ntibita ku miburo yabagejejeho, ahubwo bayoboka imana z’imburamumaro na bo bahinduka imburamumaro. Bityo bagenza nk’abanyamahanga babakikije, Uhoraho yari yarabihanangirije kudakurikiza.

16 Nuko baca ku mabwiriza yose Uhoraho Imana yabo yabahaye, bicurira amashusho abiri y’inyana mu muringa uyagijwe, bubakira Ashera inkingi, baramya ibinyarumuri byose byo ku ijuru kandi bayoboka Bāli.

17 Batambye abahungu n’abakobwa ho ibitambo, babicisha mu muriro. Bararaguje bararogesha, biyeguriye ibizira ku Uhoraho baramurakaza.

18 Uhoraho arakarira Abisiraheli bikomeye, arabamenesha ntihasigara n’uwo kubara inkuru, keretse abo mu muryango w’Abayuda gusa.

19 Abayuda na bo ntibita ku mabwiriza y’Uhoraho Imana yabo, bakurikiza imigenzo yari yaradutse mu Bisiraheli.

20 Ni cyo cyatumye Uhoraho azibukira abakomokaga kuri Isiraheli bose arababurabuza, abaterereza abagizi ba nabi, hanyuma arabamenesha kugira ngo bamuve imbere.

21 Ubwo Uhoraho yatandukanyaga ubutegetsi bw’ingoma y’inzu ya Dawidi n’intara ya Isiraheli, Abisiraheli biyimikiye Yerobowamu mwene Nebati ababera umwami. Yerobowamu uwo ni we watoje Abisiraheli kutumvira no gucumura bikomeye ku Uhoraho.

22 Nuko Abisiraheli bakomeza gukora ibyaha byose batojwe na Yerobowamu, ntibigera babireka.

23 Uhoraho abamenesha mu gihugu cyabo bajyanwa ho iminyago muri Ashūru, baherayo na bugingo n’ubu. Bityo Uhoraho asohoza ibyo yatumye abagaragu be bose b’abahanuzi.

Inkomoko y’Abanyasamariya

24 Umwami wa Ashūru ajyana abantu baturutse i Babiloni n’i Kuta na Awa, n’i Hamati n’i Sefaruvayimu, abatuza mu mijyi yose yo mu ntara ya Samariya bazungura Abisiraheli. Abo bantu batura i Samariya no mu mijyi yayo.

25 Bagitangira kuhatura ntibasengaga Uhoraho, bityo abateza intare zibadukamo bamwe barapfa.

26 Nuko iyo nkuru bayimenyesha umwami wa Ashūru bati: “Ba bantu bajyanywe bagatuzwa mu mijyi yo mu ntara ya Samariya, ntibaziAmategeko y’Imana y’icyo gihugu. Ni yo mpamvu intare zabadutsemo zikabica, kuko batazi kwambaza Imana y’icyo gihugu.”

27 Nuko umwami wa Ashūru ategeka ko basubiza i Samariya umwe mu batambyi baho bazanye ho umunyago, barahamutuza kugira ngo yigishe Amategeko y’Imana y’icyo gihugu.

28 Bityo umutambyi wari warajyanywe ho umunyago avanywe i Samariya, yaratahutse atura i Beteli, maze yigisha abantu kuramya Uhoraho.

29 Nyamara abo banyamahanga biremera imana zabo bazishyira mu mazu bubatse, aho Abanyasamariya basengeraga ibigirwamana. Buri bwoko bukabigenza butyo mu mijyi bwatujwemo.

30 Bityo Abanyababiloniya biremera imana yitwa Sukuti-Benoti, Abanyekuta biremera iyitwa Nerugali, Abanyahamati biremera iyitwa Ashima.

31 Abavuye Awa biremera iyitwa Nibuhazi na Tarutaki, naho ab’i Sefaruvayimu bo batwikira abana babo ho ibitambo by’izitwa Adurameleki na Anameleki z’aho i Sefaruvayimu.

32 Icyakora bose baramyaga n’Uhoraho, ariko batoranyaga ababonetse bose ho abatambyi b’ahasengerwa, kugira ngo bahatambire ibitambo.

33 Bityo ku ruhande rumwe baramyaga Uhoraho, ku rundi bagakorera imana zabo bakurikije imigenzo ya buri bwoko bakomokagamo.

34 Na n’ubu abakomoka kuri bo baracyagenza batyo. Ntabwo bayoboka Uhoraho neza kugira ngo bakurikize amateka ye, bubahirize ibyemezo yafashe cyangwa amabwiriza, cyangwa Amategeko yahaye urubyaro rwa Yakobo, ari na we Uhoraho yise Isiraheli.

35 Uhoraho yagiranye na bo Isezerano arabategeka ati: “Ntimuzayoboke izindi mana, ntimuzazipfukamire, ntimuzazikorere kandi ntimuzazitambire ibitambo.

36 Mube ari jye jyenyine Uhoraho muramya, jye Uhoraho wabakuye mu Misiri ku mbaraga zikomeye n’ubushobozi bwanjye. Nuko rero mube ari jye muyoboka mumpfukamire kandi muntambire ibitambo.

37 Mujye mukurikiza Amategeko yanjye kimwe n’amabwiriza yanjye nk’uko nabyandikishije, kandi ntimukigere muyoboka izindi mana.

38 Ntimukibagirwe Isezerano nagiranye namwe, kandi ntimukigere muyoboka izindi mana.

39 Ahubwo mujye munyubaha jyewe Uhoraho Imana yanyu, nanjye nzabakiza abanzi banyu bose.”

40 Nyamara abo banyamahanga ntibumvira Uhoraho, bakomeza gukurikiza imigenzo yabo ya kera.

41 Bityo ku ruhande rumwe bakaramya Uhoraho, ku rundi bakaramya imana zabo, abana babo na bo bakagenza nka ba sekuruza babo kugeza na n’ubu.