Categories
Yozuwe

Yozuwe 14

Abisiraheli bagabana igihugu cya Kanāni

1 Umutambyi Eleyazarina Yozuwe mwene Nuni n’abatware b’imiryango, ni bo bagabanyije abandi Bisiraheli igihugu cya Kanāni.

2 Bakigabanya imiryango icyenda n’igice isigaye bakoresheje ubufindo, nk’uko Uhoraho yari yarabibategetse abinyujije kuri Musa.

3 Indi miryango ibiri n’igice Musa yari yarayihaye imigabane iburasirazuba bw’uruzi rwa Yorodani, naho Abalevi nta mugabane w’ubutaka yabahaye,

4 uretse ko nyuma bahawe imijyi yo guturamo n’inzuri ziyikikije, kugira ngo zibe iz’imikumbi n’amashyo yabo. Abakomoka kuri Yozefu bari bagabanyijwemo imiryango ibiri: uwa Manase n’uwa Efurayimu.

5 Nuko Abisiraheli bagabana igihugu bakurikije amabwiriza Uhoraho yahaye Musa.

Kalebu ahabwa Heburoni

6 Bakiri i Gilugali, bamwe bo mu muryango wa Yuda basanga Yozuwe, maze umwe muri bo witwa Kalebu mwene Yefune w’Umukenizi aramubwira ati: “Wibuke ibyo Uhoraho yabwiye Musa wa muntu w’Imana, ibinyerekeye n’ibikwerekeye turi i Kadeshi-Barineya.

7 Igihe Musa umugaragu w’Imana anyohereje gutata iki gihugu, nari mfite imyaka mirongo ine. Ngarutse namubwiye ibyo nabonye nta cyo muhishe.

8 Abo twajyanye baje baca abantu intege, ariko jye nayobotse Uhoraho Imana yanjye ntashidikanya.

9 Icyo gihe Musa yararahiye ati: ‘Igihugu wakandagijemo ikirenge uzagihabwamo gakondo n’abazagukomokaho iteka, kuko wayobotse Uhoraho Imana yanjye udashidikanya.’

10 Dore hashize imyaka mirongo ine n’itanu Uhoraho ategetse Musa kurahira atyo, igihe Abisiraheli bari bakiri mu butayu. Uhoraho yampaye kurama nk’uko yari yarabinsezeranyije, none maze imyaka mirongo inani n’itanu,

11 nyamara ndacyakomeye nk’igihe Musa yanyoherezaga gutata. Ndacyafite imbaraga nk’iz’icyo gihe, haba ku rugamba cyangwa ku yindi mirimo.

12 Uwo munsi Uhoraho yansezeranyije kumpa akarere k’imisozi gatuwe n’Abanaki, karimo n’imijyi minini kandi izengurutswe n’inkuta nk’uko wabyiyumviye, none ukampe. Uhoraho nanshyigikira nzabamenesha nk’uko yabivuze.”

13 Nuko Yozuwe asabira Kalebu mwene Yefune umugisha, amuha n’umujyi wa Heburoni.

14 Heburoni iracyari gakondo y’abakomoka kuri Kalebu mwene Yefune w’Umukenizi, kubera ko Kalebu yayobotse Uhoraho Imana y’Abisiraheli adashidikanya.

15 Kera Heburoni yitwaga Kiriyati-Aruba, yaritiriwe Aruba wari Umwanaki w’ikirangirire.

Nuko intambara irashira, ituze rigaruka mu gihugu.

Categories
Yozuwe

Yozuwe 15

Imipaka y’umugabane w’umuryango wa Yuda

1 Umugabane wahawe abagize amazu y’Abayuda hakoreshejwe ubufindo, waheraga ku mupaka w’Abedomu, no ku butayu bwa Tsini bwari mu mpera y’amajyepfo.

2 Umupaka wo mu majyepfo wavaga ku kigobe cyo mu mpera y’amajyepfo y’Ikiyaga cy’Umunyu,

3 ugaca mu majyepfo y’umusozi wa Akurabimu, ugakomeza mu butayu bwa Tsini ukagera i Kadeshi-Barineya mu majyepfo. Wakomezaga i Hesironi ukagera Adari, ugakebereza i Karika,

4 ukanyura Asimoni ukagera ku kagezi ko ku mupaka wa Misiri, ukagarukira ku Nyanja ya Mediterane. Ngaho aho umupaka wo mu majyepfo w’umugabane w’Abayuda wanyuraga.

5 Umupaka wo mu burasirazuba wari ugizwe n’Ikiyaga cy’Umunyu. Umupaka wo mu majyaruguru watangiriraga mu kigobe cy’aho uruzi rwa Yorodani rwinjirira muri icyo kiyaga,

6 ukazamuka i Betihogila unyuze mu majyaruguru i Betaraba, ugakomeza no ku rutare rwa Bohani ukomoka kuri Rubeni.

7 Wazamukaga i Debiri unyuze iruhande rw’igikombe cya Akori, ugaca mu majyaruguru werekeza i Gilugali ahateganye n’igikombe cya Adumimu, ugakomeza mu majyepfo y’umugezi. Wacaga hafi y’isōko ya Enishemeshi ukagera kuri Enirogeli,

8 ukazamuka akabande ka Hinomu kari mu micyamu yo mu majyepfo ya Yeruzalemu umujyi w’Abayebuzi, ukanyura mu mpinga y’umusozi uri mu burengerazuba bw’akabande no mu majyaruguru y’ikibaya cy’Abarefa.

9 Kuva aho, umupaka wazamukaga werekeza ku isōko ya Nefutowa, ukagera ku mijyi yubatse ku musozi wa Efuroni, ugakomeza ugana i Bāla ari yo Kiriyati-Yeyarimu.

10 Umupaka wavaga i Bāla iburengerazuba ugana ku musozi wa Seyiri, uciye mu micyamu y’amajyaruguru y’umusozi wa Yeyarimu ari wo Kasaloni, ukamanuka i Beti-Shemeshi ukanyura i Timuna.

11 Wakomezaga mu micyamu iri mu majyaruguru y’umujyi wa Ekuroni ukagera i Shikeroni, no ku gasozi kitwa Bāla n’i Yabunēli ukagera ku Nyanja ya Mediterane.

12 Umupaka wo mu burengerazuba wari iyo nyanja.

Uwo ni wo mugabane wahawe amazu y’abakomoka kuri Yuda.

Kalebu yigarurira imisozi yahawe

13 Nk’uko Uhoraho yategetse Yozuwe, Kalebu mwene Yefune yahawe umugabane mu ntara y’Abayuda. Yahawe Heburoni yahoze yitwa Kiriyati-Aruba, yaritiriwe Aruba sekuruza w’Abanaki.

14 Nuko Kalebu ahamenesha Abanaki batatu ari bo Sheshayi na Ahimani na Talumayi.

15 Yahagurutse i Heburoni atera i Debiri yahoze yitwa Kiriyati-Seferi.

16 Kalebu aratangaza ati: “Umuntu uzatera Kiriyati-Seferi akahigarurira, nzamushyingira umukobwa wanjye Akisa.”

17 Nuko Otiniyeli mwene Kenazi akaba n’umuhungu wabo wa Kalebu, yigarurira uwo mujyi maze Kalebu amushyingira umukobwa we Akisa.

18 Bamaze gushyingiranwa, Akisa agira Otiniyeli inama yo gusaba se Kalebu umurima. Nuko Akisa ajya iwabo, acyururuka ku ndogobe, Kalebu amubaza icyo yifuza.

19 Akisa aramusubiza ati: “Ngirira ubuntu umpe amariba, kuko aho wampaye nta mazi ahari.” Kalebu amuha amariba yo haruguru n’ayo hepfo.

Imijyi yahawe Abayuda

20 Uyu ni umugabane wahawe abagize amazu y’Abayuda

21 ukurikije imijyi yabo. Uhereye mu majyepfo ku mupaka wa Edomu, bahawe Kabusēli na Ederi na Yaguri,

22 na Kina na Dimona na Adada,

23 na Kedeshi na Hasori na Yitinani,

24 na Zifu na Telemu na Beyaloti,

25 na Hasori-Hadata na Keriyoti-Hesironi ari yo Hasori,

26 na Amamu na Shema na Molada,

27 na Hasari-Gada na Heshimoni na Beti-Peleti,

28 na Hasari-Shuwali na Bērisheba na Biziyotiya,

29 na Bāla na Iyimu na Esemu,

30 na Elitoladi na Kesili na Horuma,

31 na Sikulagi na Madumana na Sansana,

32 na Lebawoti na Shilehimu na Ayini na Rimoni. Bityo mu majyepfo bahawe imijyi makumyabiri n’icyenda n’imidugudu iyikikije.

33 Iyi ni yo mijyi bahawe mu misozi migufi mu burengerazuba: Eshitawoli na Sora na Ashina,

34 na Zanowa na Eniganimu na Tapuwa na Enamu,

35 na Yarimuti na Adulamu na Soko na Azeka,

36 na Shārayimu na Aditayimu na Gedera na Gederotayimu. Bahawe iyo mijyi cumi n’ine n’imidugudu iyikikije.

37 Bahawe na Senani na Hadasha na Migidoli-Gadi,

38 na Dilani na Misipa na Yokitēli,

39 na Lakishi na Bosikati na Eguloni,

40 na Kaboni na Lahimasi na Kitilishi,

41 na Gederoti na Betidagoni na Nāma na Makeda. Bahawe iyo mijyi cumi n’itandatu n’imidugudu iyikikije.

42 Bahawe na Libuna na Eteri na Ashani,

43 na Yifita na Ashuna na Nesibu,

44 na Keyila na Akizibu na Maresha. Bahawe iyo mijyi icyenda n’imidugudu iyikikije.

45 Bahawe na Ekuroni n’insisiro zayo n’imidugudu iyikikije,

46 n’imijyi yose n’imidugudu ikikije Ashidodi, uhereye kuri Ekuroni ukageza ku Nyanja ya Mediterane,

47 na Ashidodi n’insisiro zayo n’imidugudu iyikikije, na Gaza n’insisiro zayo n’imidugudu iyikikije, n’intara iri iruhande rw’Inyanja ya Mediterane, kugeza ku kagezi ko ku mupaka wa Misiri.

48 Iyi ni yo mijyi bahawe mu misozi miremire, Shamiri na Yatiri na Soko,

49 na Dana na Kiriyati-Seferi ari yo Debiri,

50 na Anabu na Eshitemowa na Animu,

51 na Gosheni na Holoni na Gilo. Bahawe iyo mijyi cumi n’umwe n’imidugudu iyikikije.

52 Bahawe na Arabu na Duma na Eshani,

53 na Yanimu na Beti-Tapuwa na Afeka,

54 na Humeta na Kiriyati-Aruba ari yo Heburoni, na Siyori. Bahawe iyo mijyi icyenda n’imidugudu iyikikije.

55 Bahawe na Mawoni na Karumeli na Zifu na Yuta,

56 na Yizerēli na Yokideyamu na Zanowa,

57 na Kayini na Gibeya na Timuna. Bahawe iyo mijyi icumi n’imidugudu iyikikije.

58 Bahawe na Halihuli na Beti-Suri na Gedori,

59 na Mārati na Betanoti na Elitekoni. Bahawe iyo mijyi itandatu n’imidugudu iyikikije.

60 Bahawe na Kiriyati-Bāli ari yo Kiriyati-Yeyarimu, na Raba. Bahawe iyo mijyi yombi n’imidugudu iyikikije.

61 Iyi ni yo mijyi bahawe hafi y’Ikiyaga cy’Umunyu: Betaraba na Midini na Sekaka,

62 na Nibushani na Irimelahi na Enigedi. Bahawe iyo mijyi itandatu n’imidugudu iyikikije.

63 Nubwo Yeruzalemu yari mu ntara yahawe abakomoka kuri Yuda, ntibashoboye kuyimeneshamo Abayebuzi ku buryo bakiyituye kugeza n’ubu.

Categories
Yozuwe

Yozuwe 16

Imigabane yahawe Abefurayimu n’Abamanase

1 Umugabane wahawe abakomoka kuri Yozefu hakoreshejwe ubufindo, waheraga ku ruzi rwa Yorodani hafi y’i Yeriko. Umupaka wanyuraga mu burasirazuba bw’amariba y’i Yeriko ugakomeza mu kidaturwa ukazamuka mu misozi ukagera i Beteli.

2 Wanyuraga i Luzi ugakomeza Ataroti-Adari hatuwe n’Abaruki,

3 ukamanuka mu burengerazuba ahatuwe n’Abayafuleti, ugakomeza i Betihoroni y’epfo n’i Gezeri, ukagera ku Nyanja ya Mediterane.

4 Umugabane wahawe abakomoka kuri Yozefu, wagabanyijwe umuryango wa Manase n’uwa Efurayimu.

Efurayimu

5 Umupaka w’umugabane wahawe abagize amazu y’Abefurayimu wanyuraga mu burasirazuba bwa Ataroti-Adari ugakomeza i Betihoroni ya ruguru,

6 ukagera ku Nyanja ya Mediterane. Mu majyaruguru, wanyuraga i Mikimetati ugakomeza iburasirazuba bwayo i Tānati-Shilo, ukagera i Yanowa.

7 Wamanukanaga Ataroti n’i Nāra, ukanyura i Yeriko ukagera ku ruzi rwa Yorodani.

8 Umupaka wo mu majyaruguru wanyuraga i Tapuwa ugakurikira akagezi kitwa Kana werekeza iburengerazuba, ukagera ku Nyanja ya Mediterane. Uwo ni wo mugabane wahawe amazu y’Abefurayimu.

9 Bahawe n’indi mijyi n’imidugudu iyikikije iri mu mugabane w’umuryango wa Manase.

10 Nubwo Gezeri yari mu ntara yahawe Abefurayimu, ntibashoboye kuyimeneshamo Abanyakanāni ku buryo bakiyituye kugeza n’ubu, uretse ko Abefurayimu babakoresha imirimo y’agahato.

Categories
Yozuwe

Yozuwe 17

Umugabane w’Iburengerazuba wa Manase

1 Abakomoka kuri Manase umwana w’impfura wa Yozefu, na bo bahawe umugabane wabo hakoreshejwe ubufindo. Ariko abakomoka kuri Makiri umwana w’impfura wa Manase, bari barahawe intara ya Gileyadi n’igihugu cya Bashani kuko bari intwari. Makiri uwo ni we se w’uwitwa Gileyadi.

2 Amazu akomoka ku bandi bahungu ba Manase mwene Yozefu, na yo yahawe imigabane. Ayo mazu ni iya Abiyezeri n’iya Heleki n’iya Asiriyēli, n’iya Shekemu n’iya Heferi n’iya Shemida.

3 Ariko uwitwa Selofehadi mwene Heferi mwene Gileyadi mwene Makiri mwene Manase, nta bahungu yabyaye. Yabyaye abakobwa gusa ari bo Mahila na Nowa na Hogila, na Milika na Tirusa.

4 Abo bakobwa basanze umutambyi Eleyazari na Yozuwe mwene Nuni n’abatware b’Abisiraheli, barababwira bati: “Uhoraho yategetse Musa ko tuzabona umugabane kimwe na bene wacu.” Nuko bahabwa umugabane kimwe na bene wabo nk’uko Uhoraho yabitegetse.

5 Umuryango wa Manase wahawe imigabane icumi utabariyemo uw’i Gileyadi n’uw’i Bashani, iri mu burasirazuba bw’uruzi rwa Yorodani,

6 kuko abakobwa ba Selofehadi na bo bahawe imigabane kimwe n’andi mazu asanzwe. Abandi Bamanase bahawe Gileyadi.

7 Umugabane w’Abamanase waheraga ku w’Abashēri ukagera i Mikimetati, mu burasirazuba bw’i Shekemu. Umupaka wavaga i Mikimetati ukerekeza mu majyepfo, ukagera ku mariba y’i Tapuwa.

8 Ahakikije i Tapuwa hari ah’Abamanase, ariko umujyi wari uw’Abefurayimu kuko wari ku mupaka.

9 Umupaka wamanukaga ukurikiye akagezi kitwa Kana ukagera ku Nyanja ya Mediterane. Imijyi yo mu majyepfo y’ako kagezi yari iy’Abefurayimu, nubwo yari hamwe n’iy’Abamanase. Umupaka w’Abamanase wageraga mu majyaruguru y’ako kagezi.

10 Mu majyepfo yako hari ah’Abefurayimu, naho mu majyaruguru ari ah’Abamanase. Umupaka wo mu burengerazuba wari Inyanja ya Mediterane. Mu majyaruguru Abamanase bahanaga imbibi n’Abashēri, naho mu burasirazuba bahanaga imbibi n’Abisakari.

11 Mu ntara y’Abisakari n’iy’Abashēri, umuryango w’Abamanase wahawe Beti-Shani n’imidugudu iyikikije, na Yibuleyamu n’imidugudu iyikikije, na Dori n’abaturage bayo n’imidugudu iyikikije, na Endori n’abaturage bayo n’imidugudu iyikikije, na Tānaki n’abaturage bayo n’imidugudu iyikikije, na Megido n’abaturage bayo n’imidugudu iyikikije. (Umujyi wa gatatu ari wo Dori uteganye n’imisozi).

12 Icyakora Abamanase ntibashoboye kumenesha Abanyakanāni batuye muri izo ntara, ku buryo batashoboye kwigarurira iyo mijyi.

13 Ndetse n’igihe Abisiraheli bari bamaze gukomera ntibigeze bashobora kubamenesha, ahubwo babakoresheje imirimo y’agahato.

Efurayimu n’Abamanase b’Iburengerazuba basaba indi migabane

14 Abakomoka kuri Yozefu basanga Yozuwe baramubaza bati: “Kuki watugeneye umugabane umwe gusa, kandi Uhoraho yaraduhaye umugisha akaduha no kugwira?”

15 Yozuwe arabasubiza ati: “Niba muri benshi ku buryo intara y’imisozi y’Abefurayimu itabahagije, nimujye gutema ishyamba ryo mu ntara y’Abaperizi n’Abarefa.”

16 Baramusubiza bati: “Ni byo koko intara y’imisozi ntiduhagije, ariko Abanyakanāni batuye i Beti-Shani n’imidugudu iyikikije mu kibaya cya Yizerēli bafite amagare y’intambara akozwe mu byuma.”

17 Nuko Yozuwe abwira abakomoka kuri Yozefu ari bo Abefurayimu n’Abamanase ati: “Koko muri benshi kandi murakomeye, ariko ntimwahawe umugabane umwe gusa.

18 Mwahawe intara y’imisozi, ngaho nimugende muteme n’ishyamba, aho riri hose habe ahanyu. Nubwo Abanyakanāni bahatuye ari abanyamaboko kandi bafite amagare y’intambara akozwe mu byuma, muzabamenesha.”

Categories
Yozuwe

Yozuwe 18

Imiryango isigaye yabonye imigabane

1 Abisiraheli bamaze gutsinda abatuye mu gihugu bose bakoraniye i Shilo, bahashinga Ihema ry’ibonaniro.

2 Icyo gihe hari hasigaye imiryango irindwi itarabona imigabane.

3 Nuko Yozuwe abaza Abisiraheli ati: “Mutegereje iki kugira ngo mwigarurire igihugu Uhoraho Imana ya ba sokuruza yabahaye?

4 Buri muryango umpe abantu batatu mbohereze gutambagira igihugu, bandike uko cyagabanywamo intara zizahabwa imiryango isigaye, maze bagaruke bambwire uko bimeze.

5 Igihugu bazakigabanyemo imigabane irindwi. Abakomoka kuri Yuda bazagumane umugabane wabo mu majyepfo, naho abakomoka kuri Yozefu bagumane uwabo mu majyaruguru.

6 Muzandike uko iyo migabane izaba iteye, mubinzanire hano imbere y’Ihema ry’Uhoraho Imana yacu. Nzakoresha ubufindo bwerekane umugabane wa buri muryango.

7 Abalevi nta mugabane w’ubutaka bazabona, kuko umugabane wabo ari ugukorera Uhoraho imirimo y’ubutambyi. Naho ab’umuryango wa Gadi n’uwa Rubeni n’igice cy’uwa Manase, bamaze guhabwa imigabane yabo mu burasirazuba bwa Yorodani. Musa umugaragu w’Uhoraho ni we wayibahaye.”

8 Abantu bamaze gutoranywa, bitegura kujya gutambagira igihugu. Nuko Yozuwe arababwira ati: “Nimugende mutambagire igihugu, mwandike uko cyagabanywamo intara. Mubinzanire hano i Shilo imbere y’Ihema ry’Uhoraho, nanjye nzakoresha ubufindo bwerekane umugabane wa buri muryango.”

9 Nuko baragenda bazenguruka igihugu, bandika imijyi ikirimo n’uko cyagabanywamo imigabane irindwi. Barangije basanga Yozuwe mu nkambi y’i Shilo.

10 Nuko Yozuwe akoresha ubufindo imbere y’Ihema ry’Uhoraho i Shilo, yerekana umugabane wa buri muryango.

Umugabane wahawe abakomoka kuri Benyamini

11 Umugabane wa mbere ubufindo bwerekanye ni uw’abagize amazu y’Ababenyamini. Umugabane wabo wari hagati y’uw’Abayuda n’uw’Abefurayimu.

12 Umupaka wawo wo mu majyaruguru waheraga kuri Yorodani, ukanyura mu mucyamu wo mu majyaruguru y’i Yeriko, ukazamuka mu misozi ugana iburengerazuba, ukagera mu kidaturwa cy’i Betaveni.

13 Wakomezaga werekeza i Beteli iri mu mucyamu wo mu majyepfo y’i Luzi, ukamanuka Ataroti-Adari ku musozi uri mu majyepfo y’i Betihoroni y’epfo.

14 Umupaka wo mu burengerazuba waheraga kuri uwo musozi, ugaca mu majyepfo ukagera i Kiriyati-Bāli, ari yo Kiriyati-Yeyarimu yahawe abakomoka kuri Yuda.

15 Umupaka wo mu majyepfo waheraga mu burengerazuba bw’i Kiriyati-Yeyarimu, ukanyura ku isōko ya Nefutowa,

16 ugaca munsi y’umusozi uri mu majyaruguru y’ikibaya cy’Abarefa, ukamanuka akabande ka Hinomu kari mu micyamu y’amajyepfo ya Yeruzalemu, umujyi w’Abayebuzi. Umupaka warakomezaga ukagera kuri Enirogeli,

17 ugahindukira ugana mu majyaruguru kuri Enishemeshi n’i Geliloti, ahateganye n’igikombe cya Adumimu, ukamanuka ku rutare rwa Bohani ukomoka kuri Rubeni.

18 Watambikaga mu majyaruguru mu micyamu ya Yorodani ukamanuka mu kibaya,

19 ugakomeza werekeza mu majyaruguru, ukagera mu micyamu y’i Betihogila. Umupaka wo mu majyepfo warangiriraga mu kigobe cyo mu majyaruguru y’Ikiyaga cy’Umunyu, aho Yorodani yinjirira.

20 Yorodani ni yo yari umupaka w’iburasirazuba.

Iyo ni yo mipaka y’umugabane wahawe amazu y’Ababenyamini.

21 Imijyi yahawe abagize amazu y’Ababenyamini yari Yeriko na Betihogila na Emeki-Kesisi,

22 na Betaraba na Semarayimu na Beteli,

23 na Avimu na Para na Ofura,

24 na Kefari-Amoni na Ofini na Geba. Bahawe iyo mijyi cumi n’ibiri n’imidugudu iyikikije.

25 Bahawe na Gibeyoni na Rama na Bēroti,

26 na Misipa na Kefira na Mosa,

27 na Rekemu na Yiripēli na Tarala,

28 na Sela na Elefu na Yeruzalemu umujyi w’Abayebuzi, na Gibeya na Kiriyati. Bahawe iyo mijyi cumi n’ine n’imidugudu iyikikije.

Uwo ni wo mugabane wahawe amazu y’Ababenyamini.

Categories
Yozuwe

Yozuwe 19

Umugabane wahawe abakomoka kuri Simeyoni

1 Umugabane wa kabiri ubufindo bwerekanye ni uwabagize amazu y’Abasimeyoni. Umugabane wabo wari uzengurutswe n’uw’Abayuda.

2 Imijyi yabo ni Bērisheba na Shebana Molada,

3 na Hasari-Shuwali na Bāla na Esemu,

4 na Elitoladi na Betuli na Horuma,

5 na Sikulagi na Beti-Marukaboti na Hasari-Susa,

6 na Beti-Lebawoti na Sharuheni. Bahawe iyo mijyi cumi n’itatu n’imidugudu iyikikije.

7 Bahawe na Ayini na Rimoni na Eteri na Ashani, iyo mijyi ine n’imidugudu iyikikije.

8 Bahawe n’indi midugudu yose kugera i Bālati-Bēri, ari yo Rama mu majyepfo. Uwo ni wo mugabane wahawe amazu y’Abasimeyoni.

9 Umugabane w’umuryango wa Simeyoni wari wavanywe k’uw’umuryango wa Yuda, kuko Abayuda bari bahawe umugabane munini cyane. Ni yo mpamvu umugabane w’Abasimeyoni wari uzengurutswe n’uw’Abayuda.

Umugabane wahawe abakomoka kuri Zabuloni

10 Umugabane wa gatatu ubufindo bwerekanye ni uw’abagize amazu y’Abazabuloni. Umupaka w’umugabane wabo wanyuraga i Sarida,

11 ugakomeza ukazamuka iburengerazuba ugahita i Marala n’i Dabesheti, no ku kagezi gateganye n’i Yokineyamu.

12 Ukongera ukava i Sarida, ugaca iburasirazuba werekeza Kesuloti ahateganye n’umusozi wa Taboru, ukanyura i Daberati ukazamuka i Yafiya.

13 Wakomezaga werekeza mu burasirazuba ukagera i Gatiheferi na Itakasini n’i Rimoni, ugahindukira werekeza i Neya.

14 Umupaka wo mu majyaruguru wazengurukaga Hanatoni, ukagarukira ku gikombe cya Yifutaheli.

15 Bahawe na Katati na Nahalali na Shimuroni, na Yidala na Betelehemu, imijyi cumi n’ibiri n’imidugudu iyikikije.

16 Iyo ni yo mijyi n’imidugudu yahawe amazu y’Abazabuloni.

Umugabane wahawe abakomoka kuri Isakari

17 Umugabane wa kane ubufindo bwerekanye ni uw’abagize amazu y’Abisakari.

18 Wari ugizwe n’imijyi ikurikira: Yizerēli na Kesuloti na Shunemu,

19 na Hafarayimu na Shiyoni na Anaharati,

20 na Rabiti na Kishiyoni na Ebesi,

21 na Remeti na Eniganimu na Enihada na Betipasesi.

22 Umupaka wanyuraga i Taboru n’i Shahasima n’i Beti-Shemeshi ukagera kuri Yorodani. Bahawe iyo mijyi cumi n’itandatu n’imidugudu iyikikije.

23 Iyo ni yo mijyi n’imidugudu yo mu mugabane wahawe amazu y’Abisakari.

Umugabane wahawe abakomoka kuri Ashēri

24 Umugabane wa gatanu ubufindo bwerekanye ni uw’abagize amazu y’Abashēri.

25 Wari ugizwe n’imijyi ikurikira: Helikati na Hali na Beteni na Akishafu,

26 na Alameleki na Amadi na Mishali. Umupaka wabo waheraga mu burengerazuba ku musozi wa Karumeli, ukanyura i Shihori-Libunati.

27 Umupaka wo mu burasirazuba wanyuraga i Betidagoni, ugakurikira umupaka wa Zabuloni n’igikombe cya Yifutaheli werekeza mu majyaruguru, ukanyura i Neyeli n’i Betemeki. Wakomezaga mu majyaruguru y’i Kabuli,

28 ukanyura Eburonin’i Rehobu n’i Hamoni n’i Kana, ukagera i Sidoni wa mujyi mugari.

29 Wanyuraga i Rama ukagera ku mujyi ntamenwa wa Tiri, ugahindukira werekeza i Hosa, ukagarukira ku Nyanja ya Mediterane hafi ya Akizibu.

30 Bahawe na Umana Afeki na Rehobu. Bahawe imijyi makumyabiri n’ibiri n’imidugudu iyikikije.

31 Iyo ni yo mijyi n’imidugudu yo mu mugabane wahawe amazu y’Abashēri.

Umugabane wahawe abakomoka kuri Nafutali

32 Umugabane wa gatandatu ubufindo bwerekanye ni uw’abagize amazu y’Abanafutali.

33 Umupaka wabo waheraga i Helefi no ku giti cy’inganzamarumbu cy’i Sānanimu, ukanyura Adami-Nekebu n’i Yabunēli, ugakomeza i Lakumu ukagera kuri Yorodani.

34 Mu burengerazuba, umupaka wanyuraga Azinoti-Taboru, ugakomeza i Hukoki, ugakurikira umupaka wo mu majyaruguru wa Zabuloni, n’uw’iburasirazuba wa Ashēri. Wahindukiraga iburasirazuba, ukagarukira i Yehuda ku ruzi rwa Yorodani.

35 Bahawe imijyi ntamenwa ikurikira: Tsidimu na Sera na Hamati, na Rakati na Kinereti,

36 na Adama na Rama na Hasori,

37 na Kedeshi na Edureyi na Enihasori,

38 na Yironi na Migidaleli na Horemu, na Betanati na Beti-Shemeshi. Bahawe imijyi cumi n’icyenda n’imidugudu iyikikije.

39 Iyo ni yo mijyi n’imidugudu yo mu mugabane wahawe amazu y’Abanafutali.

Umugabane wahawe abakomoka kuri Dani

40 Umugabane wa karindwi ubufindo bwerekanye ni uw’abagize amazu y’Abadani.

41 Wari ugizwe n’imijyi ikurikira: Sora na Eshitawoli na Irishemeshi,

42 na Shālabimu na Ayaloni na Yitila,

43 na Eloni na Timuna na Ekuroni,

44 na Eliteke na Gibetoni na Bālati,

45 na Yehudi na Beneberaki na Gatirimoni,

46 na Meyarukoni na Rakoni n’intara iteganye n’i Yope.

47 Abadani bamaze kwirukanwa muri iyo ntara bagiye gutera umujyi wa Layishi. Barawutsinze barawigarurira, bamarira ku icumu abaturage bawo, maze bawuturamo. Nuko bawita Dani bawitiriye sekuruza.

48 Iyo ni yo mijyi n’imidugudu yo mu mugabane wahawe amazu y’Abadani.

Barangiza kugabanya igihugu

49 Abisiraheli bamaze kugabanywa igihugu, bahaye Yozuwe mwene Nuni umugabane muri cyo

50 nk’uko Uhoraho yabitegetse. Yozuwe yasabye Timunati-Seraumujyi wari mu misozi y’Abefurayimu, awubaka bundi bushya awuturamo.

51 Uko ni ko umutambyi Eleyazari na Yozuwe mwene Nuni n’abatware b’imiryango barangije kugabanya Abisiraheli igihugu, buri muryango uhabwa umugabane wawo. Babikoresheje ubufindo bari i Shilo, ku muryango w’Ihema ry’ibonaniro ry’Uhoraho.

Categories
Yozuwe

Yozuwe 20

Imijyi y’ubuhungiro

1 Nuko Uhoraho abwira Yozuwe ati:

2 “Tegeka Abisiraheli bitoranyirize imijyi y’ubuhungiro, nk’uko nabibabwiye mbinyujije kuri Musa,

3 kugira ngo umuntu wishe undi bimugwiririye, abone aho ahungira ushaka guhōrera uwishwe.

4 Uwishe undi nahungira muri umwe muri iyo mijyi, ajye ahagarara ku irembo ryawo, maze atekerereze abakuru b’umujyi uko byagenze, na bo bamwakire bamutuze hamwe na bo.

5 Uhōrera uwishwe namukurikirana muri uwo mujyi abakuru ntibazamutange, kuko azaba yishe mugenzi we atabigambiriye kandi adasanzwe amwanga.

6 Uwishe undi ajye yigumira muri uwo mujyi kugeza ubwo azacirwa urubanza n’umuryango, no kugeza ubwo Umutambyi mukuru uzaba ariho icyo gihe apfuye. Ubwo ni bwo azatahuka asubire mu mujyi w’iwabo yavuyemo.”

7 Nuko Abisiraheli batoranya Kedeshi yo muri Galileya, mu misozi y’Abanafutali na Shekemu mu misozi y’Abefurayimu, na Kiriyati-Aruba ari yo Heburoni mu misozi y’Abayuda.

8 Iburasirazuba bwa Yorodani, batoranya Beseri mu mirambi y’Abarubeni ahateganye n’ubutayu, na Ramoti y’i Gileyadi mu ntara y’Abagadi, na Golani muri Bashani mu ntara y’Abamanase.

9 Iyo ni yo mijyi batoranyije kugira ngo uwishe undi bimugwiririye abone aho ahungira, yaba Umwisiraheli cyangwa umunyamahanga utuye muri bo. Bityo ye kwicwa n’uhōrera uwishwe, ahubwo acirwe urubanza n’ikoraniro ry’Abisiraheli.

Categories
Yozuwe

Yozuwe 21

Imijyi y’Abalevi

1 Abatware b’umuryango wa Levi basanga umutambyi Eleyazari na Yozuwe mwene Nuni, n’abatware b’iyindi miryango y’Abisiraheli,

2 aho bari bari i Shilo mu gihugu cya Kanāni. Nuko barababwira bati: “Musa akiriho, Uhoraho yamutegetse ko tuzahabwa imijyi yo guturamo n’inzuri ziyikikije zo kuragiramo amatungo yacu.”

3 Nuko Abisiraheli baha Abalevi imijyi n’inzuri ziyikikije bavanye mu migabane yabo, nk’uko Uhoraho yabitegetse.

4 Amazu y’Abalevi bakomoka kuri Kehati ni yo ya mbere ubufindo bwerekanye. Inzu y’abakomoka ku mutambyi Aroni, yahawe imijyi cumi n’itatu yo mu ntara y’Abayuda n’iy’Abasimeyoni n’iy’Ababenyamini, nk’uko ubufindo bwabyerekanye.

5 Abandi Bakehati bahawe imijyi icumi yo mu ntara y’Abefurayimu n’iy’Abadani, n’iy’Abamanase batuye iburengerazuba bwa Yorodani, nk’uko ubufindo bwabyerekanye.

6 Inzu y’Abagerishoni yahawe imijyi cumi n’itatu yo mu ntara y’Abisakari n’iy’Abashēri, n’iy’Abanafutali n’iy’Abamanase batuye muri Bashani, nk’uko ubufindo bwabyerekanye.

7 Inzu y’Abamerari yahawe imijyi cumi n’ibiri yo mu ntara y’Abarubeni, n’iy’Abagadi n’iy’Abazabuloni.

8 Abisiraheli bahaye Abalevi iyo mijyi n’inzuri ziyikikije bakoresheje ubufindo, nk’uko Uhoraho yabitegetse abinyujije kuri Musa.

9 Mu ntara y’Abayuda n’iy’Abasimeyoni, hatanzwe imijyi ikurikira igiye kuvugwa mu mazina,

10 yahawe abakomoka kuri Aroni bo mu nzu ya Kehati mwene Levi, kuko ari bo ubufindo bwabanje kwerekana.

11 Bahawe Heburoni n’inzuri ziwukikije mu misozi y’Abayuda. Uwo mujyi wahoze witwa Kiriyati-Aruba waritiriwe Aruba, sekuruza w’Abanaki.

12 Icyakora Kalebu mwene Yefune yagumanye imirima yaho n’imidugudu ihakikije.

13 Abakomoka kuri Aroni bahawe Heburoni, umwe mu mijyi y’ubuhungiro, na Libuna

14 na Yatiri na Eshitemowa,

15 na Holoni na Debiri,

16 na Ayini na Yuta na Beti-Shemeshi. Bahawe iyo mijyi uko ari icyenda hamwe n’inzuri ziyikikije mu ntara y’Abayuda n’iy’Abasimeyoni.

17 Mu ntara y’Ababenyamini, bahawe Gibeyoni na Geba

18 na Anatoti na Alumoni, imijyi ine n’inzuri ziyikikije.

19 Iyo mijyi cumi n’itatu n’inzuri ziyikikije, ni yo yahawe abatambyi bakomoka kuri Aroni.

20 Abandi Balevi bakomoka kuri Kehati bahawe imijyi hakoreshejwe ubufindo. Mu ntara y’Abefurayimu,

21 bahawe Shekemu n’inzuri ziyikikije mu misozi y’Abefurayimu. Shekemu iyo ni umwe mu mijyi y’ubuhungiro. Bahawe na Gezeri

22 na Kibusayimu na Betihoroni, imijyi ine hamwe n’inzuri ziyikikije.

23 Mu ntara y’Abadani, bahawe Eliteke na Gibetoni

24 na Ayaloni na Gatirimoni, imijyi ine n’inzuri ziyikikije.

25 Mu ntara y’Abamanase iburengerazuba bwa Yorodani, bahawe imijyi ibiri n’inzuri ziyikikije, ari yo Tānaki na Yibuleyamu.

26 Iyo mijyi icumi n’inzuri ziyikikije, ni yo yahawe Abakehati batari abatambyi.

27 Abalevi bakomoka kuri Gerishoni na bo bahawe imijyi n’inzuri ziyikikije. Mu ntara y’Abamanase y’i Bashani bahawe imijyi ibiri, ari yo Golani umwe mu mijyi y’ubuhungiro, na Bēshitera.

28 Mu ntara y’Abisakari bahawe Kishiyoni na Daberati,

29 na Yarimuti na Eniganimu, imijyi ine n’inzuri ziyikikije.

30 Mu ntara y’Abashēri bahawe Mishali na Abudoni

31 na Helikati na Rehobu, imijyi ine n’inzuri ziyikikije.

32 Mu ntara y’Abanafutali bahawe Kedeshi yo muri Galileya umwe mu mijyi y’ubuhungiro, na Hamotidori na Karitani, imijyi itatu n’inzuri ziyikikije.

33 Iyo mijyi cumi n’itatu n’inzuri ziyikikije, ni yo yahawe Abagerishoni.

34 Abalevi basigaye ari bo bakomoka kuri Merari, na bo bahawe imijyi n’inzuri ziyikikije. Mu ntara y’Abazabuloni bahawe Yokineyamu na Karita

35 na Dimuna na Nahalali, imijyi ine n’inzuri ziyikikije.

36 Mu ntara y’Abarubeni iburasirazuba bwa Yorodani, bahawe Beseri umwe mu mijyi y’ubuhungiro, iri mu mirambi ahateganye n’ubutayu, bahawe na Yahasi

37 na Kedemoti na Mefāti, imijyi ine n’inzuri ziyikikije.

38 Mu ntara y’Abagadi bahawe Ramoti y’i Gileyadi umwe mu mijyi y’ubuhugiro, na Mahanayimu

39 na Heshiboni na Yāzeri, imijyi ine n’inzuri ziyikikije.

40 Iyo mijyi cumi n’ibiri n’inzuri ziyikikije ni yo yahawe Abalevi bari basigaye, ari bo Bamerari. Bayihawe hakoreshejwe ubufindo.

41 Iyo mijyi yose Abalevi bahawe mu ntara z’abandi Bisiraheli ni mirongo ine n’umunani,

42 iyo mijyi bayihanywe n’inzuri ziyikikije.

Abisiraheli batura mu gihugu basezeranyijwe

43 Uko ni ko Uhoraho yahaye Abisiraheli igihugu cyose yari yarasezeranyije ba sekuruza. Bamaze kucyigarurira bagituramo.

44 Uhoraho abaha amahoro ku mipaka yose nk’uko yari yarabisezeranyije ba sekuruza. Nta n’umwe mu banzi babo bose wabahangaye, kuko Uhoraho yahaye Abisiraheli kubatsinda.

45 Amasezerano yose Uhoraho yari yarasezeranyije Abisiraheli, yarayasohoje ntihasigara na rimwe.

Categories
Yozuwe

Yozuwe 22

Yozuwe asezerera abo hakurya ya Yorodani

1 Nuko Yozuwe ahamagaza Abarubeni n’Abagadi n’igice cy’Abamanase,

2 arababwira ati: “Mwakurikije ibyo Musa umugaragu w’Uhoraho yabategetse byose, kandi mwumviye amabwiriza yose nabahaye.

3 Ntimwatereranye bene wanyu b’Abisiraheli muri iki gihe kirekire gishize, ahubwo mwasohoje ibyo Uhoraho Imana yanyu yabategetse.

4 Ubwo Uhoraho Imana yanyu yahaye bene wanyu amahoro nk’uko yabibasezeranyije, nimwisubirire iwanyu muture mu karere Musa umugaragu w’Uhoraho yabahaye, hakurya ya Yorodani.

5 Icyakora muzitondere amabwiriza n’amategeko Musa umugaragu w’Uhoraho yabahaye. Mujye mukunda Uhoraho Imana yanyu mugenze uko ashaka, mukurikize amabwiriza ye, mubane na we akaramata kandi mumukorere n’umutima wanyu wose n’ubushobozi bwanyu bwose.”

6 Nuko Yozuwe abasabira umugisha, maze arabasezerera kugira ngo batahe,

7-8 avuga ati: “Nimwisubirire iwanyu, mujyane n’ubukungu bwinshi bwose mwaronse, ari amatungo, ari ifeza n’izahabu, ari umuringa n’icyuma, ari n’imyambaro myinshi cyane. Iyo minyago muzayigabane n’abo mu miryango yanyu.” (Igice kimwe cy’umuryango wa Manase, Musa yari yaragihaye umugabane i Bashani mu burasirazuba bwa Yorodani, naho ikindi gice Yozuwe yaragihaye umugabane, hamwe na bene wabo bari mu burengerazuba bwa Yorodani.)

9 Nuko Abarubeni n’Abagadi n’igice cy’Abamanase batandukanira n’abandi Bisiraheli i Shilo mu gihugu cya Kanāni, bajya i Gileyadi mu karere Uhoraho yabahaye abinyujije kuri Musa.

Urutambiro rwubatswe hafi ya Yorodani

10 Bakiri mu gihugu cya Kanāni, bubaka urutambiro runini cyane hafi y’uruzi rwa Yorodani.

11 Abandi Bisiraheli bumva ko Abarubeni n’Abagadi n’igice cy’Abamanase bubatse urutambiro hafi ya Yorodani, mu gihugu cya Kanāni.

12 Nuko bakoranira i Shilo, kugira ngo bajye gutera imiryango yo mu burasirazuba.

13 Ariko babanza kohereza Finehasi, mwene Eleyazari umutambyi mu ntara ya Gileyadi, kugira ngo avugane n’Abarubeni n’Abagadi n’igice cy’Abamanase.

14 Yajyanye n’abatware icumi, umwe muri buri muryango w’Abisiraheli b’iburengerazuba bwa Yorodani, bose bari abakuru b’amazu mu miryango yabo.

15 Nuko bajya i Gileyadi, maze babwira iyo miryango yo mu burasirazuba bati:

16 “Abandi Bisiraheli bakoranye mu izina ry’Uhoraho baradutuma bati: ‘Ni kuki mwahemukiye Imana y’Abisiraheli? Kuki mwateshutse ku Uhoraho mukamugomera mwiyubakira urutambiro?

17 Mbese ntimwibuka uko twacumuye turi i Pewori, bigatuma Uhoraho aduteza icyorezo kikidukurikiranye na n’ubu? Mbese icyo gicumuro nticyari gihagije?

18 Nyamara dore mwebwe mwongeye kwigomeka ku Uhoraho! Ntimuzi ko nimumucumuraho uyu munsi, ejo azarakarira Abisiraheli bose?

19 Niba mwumva ko akarere kanyu gahumanye, nimuze mu gihugu cy’Uhoraho aho Ihema rye riri, muhabwe imigabane hamwe natwe. Ariko mwirinde kwigomeka ku Uhoraho Imana yacu mwubaka urundi rutambiro rutari urwe, kandi natwe mwe kutwigomekaho.

20 Mbese ntimwibuka uko Akani ukomoka kuri Zera yahemutse bikabije, agatwara ibintu byeguriwe Uhoraho? Byatumye Uhoraho arakarira Abisiraheli bose. Akani si we wenyine wapfuye azize icyo gicumuro.’ ”

21 Nuko Abarubeni n’Abagadi n’igice cy’Abamanase, basubiza abatware b’indi miryango bati:

22 “Uhoraho ni we Mana nyamana! Uhoraho Imana nyamana ni we ubizi, ndetse n’Abisiraheli bose babimenye! Niba twarigometse ku Uhoraho tugahemuka, muhite muturimbura!

23 Niba twariyubakiye urutambiro tugamije kwimūra Uhoraho, tukaruturiraho ibitambo bikongorwa n’umuriro cyangwa iby’umusangiro, cyangwa amaturo y’ibinyampeke, Uhoraho ubwe atwihanire!

24 Nyamara si cyo cyatumye turwubaka. Ahubwo twatinyaga ko abazabakomokaho bazabaza abacu bati: ‘Muhuriye he n’Uhoraho Imana y’Abisiraheli?

25 Uhoraho ubwe yagize Yorodani umupaka hagati yacu namwe Abarubeni n’Abagadi. None rero, nta cyo muhuriyeho n’Uhoraho!’ Bityo bakabuza abazadukomokaho kuyoboka Uhoraho.

26 Ni yo mpamvu twiyemeje kubaka urwo rutambiro, atari urwo gutambiriraho ibitambo ibyo ari byo byose,

27 ahubwo ari ikimenyetso hagati yacu namwe n’abazadukomokaho, kigaragaza ko tuyoboka Uhoraho kandi ko tuzamutambirira ibitambo bikongorwa n’umuriro n’iby’umusangiro, n’ibindi bitambo byose mu Ihema rye. Bityo abazabakomokaho ntibazabwira abacu ko nta cyo bahuriyeho n’Uhoraho.

28 Nibaramuka bavuze batyo, abazadukomokaho bazasubiza bati: ‘Nimurebe urutambiro ba sokuruza bubatse rumeze nk’urw’Uhoraho. Nyamara si urwo gutambiraho ibitambo ibyo ari byo byose, ahubwo ni ikimenyetso hagati yacu namwe.’

29 Ntibikabeho ko twakwigomeka ku Uhoraho ngo tureke kumuyoboka twubaka urutambiro rwo gutambiraho ibitambo bikongorwa n’umuriro, cyangwa amaturo y’ibinyampeke cyangwa ibindi bitambo. Nta handi twifuza kubitambira, atari ku rutambiro rw’Uhoraho Imana yacu ruri imbere y’Ihema rye.”

30 Umutambyi Finehasi n’abakuru b’Abisiraheli, ari bo bakuru b’amazu bari kumwe na we, banyurwa n’ibisobanuro bahawe n’Abarubeni n’Abagadi n’Abamanase.

31 Finehasi mwene Eleyazari umutambyi arababwira ati: “Noneho tumenye ko mutahemukiye Uhoraho nk’uko twibwiraga. Ntimwashyize Abisiraheli mu kaga ko guhanwa n’Uhoraho, tumenye ko ari kumwe natwe.”

32 Hanyuma Finehasi mwene Eleyazari umutambyi, na ba batware basezera ku Barubeni n’Abagadi, bava mu ntara ya Gileyadi basubira muri Kanāni, maze babwira abandi Bisiraheli iby’urugendo rwabo.

33 Nuko babyumvise baranezerwa basingiza Imana, bareka umugambi wo gutera Abarubeni n’Abagadi, no gutsemba intara zabo.

34 Abarubeni n’Abagadi bita urwo rutambiro “Kimenyetso”, bagira bati:“Ruzatubere ikimenyetso cy’uko Uhoraho ari Imana.”

Categories
Yozuwe

Yozuwe 23

Yozuwe yibutsa Abisiraheli kuyoboka Uhoraho

1 Uhoraho yahaye Abisiraheli amahoro abarinda abanzi babakikije. Hashize igihe kirekire, Yozuwe aba ageze mu za bukuru,

2 ahamagaza Abisiraheli bose barimo n’abakuru b’imiryango n’abatware n’abacamanza n’abandi bashinzwe ubutabera, arababwira ati: “Dore ndashaje, ngeze mu za bukuru.

3 Mwiboneye uko Uhoraho Imana yanyu yagenje amahanga yari atuye muri iki gihugu kubera mwe, ni we ubwe wabarwaniriye.

4 Nagabanyije igihugu cyose kuva kuri Yorodani kugeza ku Nyanja ya Mediterane, haba ahari hatuwe n’amahanga twatsinze, haba n’aho tutaratsinda, buri muryango wahawe umugabane wawo.

5 Uhoraho Imana yanyu ubwe ni we uzamenesha ayo mahanga asigaye, azayirukana muyazungure nk’uko yabibasezeranyije.

6 Muzabe intwari cyane, kandi muzitondere ibyanditswe byose mu gitabo cy’Amategeko ya Musa mudateshuka.

7 Ntimuzifatanye n’ayo mahanga asigaye muri mwe, ntimuzambaze imana zayo kandi ntimuzarahire mu izina ryazo, ntimuzaziyoboke cyangwa ngo muziramye.

8 Muzabane akaramata n’Uhoraho Imana yanyu, nk’uko mwabigenje kugeza ubu.

9 Uhoraho yabameneshereje amahanga akomeye kandi y’ibihangange, kugeza ubu nta wabahangaye.

10 Umuntu umwe muri mwe yashoboye kumenesha abanzi igihumbi, kuko Uhoraho Imana yanyu ari we wabarwaniriye nk’uko yabibasezeranyije.

11 Muramenye rero muzakunde Uhoraho Imana yanyu.

12 Ntimuzamwimūre, ntimuzagirane amasezerano n’abanyamahanga bacitse ku icumu basigaye muri mwe, ntimuzashyingirane na bo kandi ntimuzifatanye na bo.

13 Naho ubundi Uhoraho ntiyakomeza kumenesha abo banyamahanga mu gihugu cyanyu bazababera nk’umutego cyangwa nk’ikiboko ku mugongo, cyangwa nk’igitotsi mu jisho, kugeza igihe muzashirira muri iki gihugu cyiza Uhoraho Imana yanyu yabahaye.

14 “Dore jyewe ngiye kwigendera, ariko mwe muzi neza mudashidikanya ko ibyiza byose Uhoraho Imana yanyu yabasezeranyije yabisohoje, nta na kimwe atasohoje.

15 None rero nk’uko yasohoje ibyo byiza byose, ni na ko azasohoza n’ibibi byose yababwiye kugeza ubwo azabatsemba muri iki gihugu cyiza,

16 nimutubahiriza Isezerano yabahaye. Nimuyoboka izindi mana mukaziramya, Uhoraho Imana yanyu azabarakarira ahite abamara muri iki gihugu cyiza yabahaye.”