Categories
Ivugururamategeko

Ivugururamategeko 28

Imigisha izahabwa abumvira Uhoraho

1 Nimugira umurava wo kumvira Uhoraho Imana yanyu, mukubahiriza amabwiriza ye yose mbashyikirije uyu munsi, azabatonesha kuruta andi mahanga yose yo ku isi.

2 Nimwumvira Uhoraho Imana yanyu, azabaha iyi migisha yose kandi muyihorane.

3 Azaha umugisha abatuye mu mujyi n’abatuye mu cyaro.

4 Azabaha umugisha mwororoke, ubutaka bwanyu burumbuke n’amatungo yanyu yose yororoke.

5 Azabaha umugisha muhunike byinshi, mwe kubura ibyo muteka.

6 Azabaha umugisha mu majya no mu maza.

7 Uhoraho azabaha gutsinda abanzi babahagurukiye, nubwo bashyira hamwe bakaza umujyo umwe, bazahunga bakwirwe imishwaro.

8 Uhoraho Imana yanyu azabahera umugisha mu gihugu azabaha, awubahere mu byo mukora byose, ibigega byanyu bye kwigera bibamo ubusa.

9 Nimwubahiriza amabwiriza y’Uhoraho Imana yanyu mukagenza uko ashaka, azakomeza abagire ubwoko yitoranyirije nk’uko yabibarahiye.

10 Amahanga yose yo ku isi azabibona abatinye.

11 Uhoraho azabaha kororoka agwize n’amatungo yanyu, ahe n’ubutaka kurumbuka mu gihugu yarahiriye ba sokuruza ko azagiha urubyaro rwabo.

12 Uhoraho azajya akorakoranya ibicu, abagushirize imvura mu bihe byayo. Azabaha umugisha mu byo mukora byose. Muzaguriza amahanga menshi, ariko mwe ntimuzayaka inguzanyo.

13 Nimwumvira amabwiriza y’Uhoraho Imana yanyu mbashyikirije uyu munsi mukayubahiriza, azabaha gutegeka amahanga aho gutegekwa na yo. Muzahorana umwanya w’imbere, ntimuzajya inyuma.

14 Ntimugateshuke ku byo mbabwiye byose uyu munsi, kandi ntimukayoboke izindi mana kugira ngo muzikorere.

Imivumo iterwa no kutumvira Uhoraho

15 Ariko nimutumvira Uhoraho Imana yanyu ngo mwubahirize amabwiriza n’amateka ye yose mbashyikirije uyu munsi, azabateza iyi mivumo yose ibokame.

16 Azavuma abatuye mu mujyi n’abatuye mu cyaro.

17 Azabavuma mubure ibyo muhunika n’ibyo muteka.

18 Azabavuma mube ingumba, ubutaka bwanyu burumbe, n’amatungo yanyu yose ye kororoka.

19 Azabavuma mu majya no mu maza.

20 Nimucumura mukimūra Uhoraho azabaterereza umuvumo mushoberwe, mwe kugira icyo mugeraho mu byo muzagerageza gukora byose, ndetse ntazatinda kubarimbura burundu.

21 Uhoraho azabateza indwara y’icyorezo ibatsembe, mushirire mu gihugu mugiye kwigarurira.

22 Uhoraho azabateza indwara zo kuzongwa n’iz’umuriro, n’ibibyimba n’icyokere n’amapfa na cyumya n’urugombyi: bizabokama bibarimbure.

23 Azabima imvura maze ubutaka bukakare bumere nk’urutare.

24 Aho kugusha imvura mu gihugu cyanyu, Uhoraho azagusha umukungugu n’umusenyi kugeza ubwo muzarimbukira.

25 Uhoraho azatuma mutsindwa n’abanzi banyu. Nubwo mwakwishyira hamwe mukabatera umujyo umwe, muzahunga mukwirwe imishwaro. Bizatera ibihugu byose byo ku isi kūmirwa.

26 Imirambo y’abapfuye izaribwa n’ibisiga n’inyamaswa he kugira ubyirukana.

27 Uhoraho azabateza indwara zidakira nk’ibishyute yateje Abanyamisiri, no kuzana amagara no gusesa ibihushi n’urushimba.

28 Uhoraho azabateza ubuhumyi n’ibisazi no guhwiragira.

29 Muzarindagira nk’impumyi ku manywa y’ihangu. Ntimuzahirwa mu byo muzakora byose. Muzakandamizwa musahurwe ibyanyu ibihe byose, kandi he kugira ubatabara.

30 Uzasaba umugeni, ariko undi amusambanye ku ngufu. Uzubaka inzu ariko we kuyituramo. Uzatera imizabibu ariko we kurya imbuto zayo.

31 Inka yawe bazayibaga ureba ariko we kuyiryaho, indogobe yawe bazayinyaga ureba be kuyikugarurira. Intama zawe zizagabizwa abanzi bawe he kugira ugutabara.

32 Abahungu bawe n’abakobwa bawe bazagabizwa abanyamahanga babagire inkoreragahato. Uzamara umunsi wose ureba aho barengeye wiringiye ko bagaruka bibe iby’ubusa.

33 Abanyamahanga mutigeze mumenya bazarya ibyo mwejeje banasahure ibyo mwaruhiye byose, bazahora babakandamiza babanyunyuze imitsi,

34 ibyo byose muzabona bizabatesha umutwe.

35 Uhoraho azabateza ibishyute bidasanzwe kandi bidakira ku mavi no ku maguru, ndetse bikwire umubiri wose uhereye mu bworo bw’ikirenge ukageza ku mutwe.

36 Mwebwe n’umwami muzaba mwiyimikiye, Uhoraho azabagabiza abanyamahanga mutigeze mumenya, yaba mwebwe yaba ba sokuruza. Bazabajyana mu gihugu cyabo muyoboke imana zibajwe mu biti no mu mabuye.

37 Muzahinduka urw’amenyo n’iciro ry’imigani n’insuzugurwa, mu mahanga yose Uhoraho azabatatanyirizamo.

38 Muzabiba imbuto nyinshi ariko musarure bike, kuko inzige zizabirya.

39 Muzatera imizabibu muyihingire, ariko ntimuzasarura imbuto zayo ngo munywe na divayi yayo, kuko kagungu izayirya.

40 Muzagira iminzenze mu gihugu cyanyu cyose, ariko ntimuzakoresha amavuta yayo, kuko imbuto zayo zizajya zihunguka zitarera.

41 Muzabyara abahungu n’abakobwa, ariko ntimuzabagumana kuko bazajyanwa ho iminyago.

42 Inzige zizatsemba ibiti byanyu byose n’imyaka yanyu yose.

43 Abanyamahanga batuye muri mwe bazagenda babarusha gukomera, naho mwebwe mugende murushaho gusubira inyuma.

44 Bazajya babaguriza, ariko mwebwe ntimuzabona icyo mubaguriza. Aho kugira ngo mubategeke ni bo bazabategeka.

45 Nimutumvira Uhoraho Imana yanyu ngo mwubahirize amabwiriza n’amateka yabahaye, azabateza iyo mivumo yose ibokame kugeza aho muzarimbukira.

46 Igihe cyose iyo mivumo ikabije izaba ibagezeho cyangwa igeze ku babakomokaho, muzamenye ko ari Uhoraho ubahannye.

47 Uhoraho nabaha umugisha muri byose ariko ntimwishimire kumuyobokana umutima mwiza,

48 azabagabiza abanzi banyu, mubakorere muri abatindi nyakujya, mutagira icyo kurya n’icyo kunywa n’icyo kwambara. Bazabakoresha imirimo y’agahato kugeza igihe muzashirira.

49 Uhoraho azabateza ingabo ziturutse mu gihugu cya kure, zivuga ururimi mutumva, zize zihorera nka kagoma.

50 Zizaza zarubiye zitubaha abasaza, zidafitiye n’abana imbabazi.

51 Zizarya amatungo yanyu n’imyaka yanyu ze kugira icyo zibasigira, zaba ingano yaba divayi, yaba amavuta y’iminzenze, yaba amashyo cyangwa imikumbi, kugeza aho zizabarimburira.

52 Zizagota imijyi yose yo mu gihugu Uhoraho Imana yanyu azabaha, kugeza ubwo zisenya inkuta ndende ntamenwa ziyikikije mwiringiraga.

53 Igihe zizaba zabagose, zizabateza akaga kugeza ubwo muzarya abana Uhoraho Imana yanyu azaba yarabahaye.

54 Umugabo wo muri mwe w’umugwaneza kurusha abandi kandi wabayeho neza cyane, azirengagiza umuvandimwe we n’umugore apfumbase, n’abana asigaranye.

55 Nta n’umwe azaha ku nyama z’abana be azaba arya. Nta kindi azaba asigaranye, kubera abanzi bazaba bagose imijyi yanyu yose bakabateza akaga.

56 Umugore wo muri mwe wabayeho neza cyane bigeze aho adakoza n’ibirenge hasi akaba n’umugwaneza, azirengagiza umugabo we apfumbase n’abana be.

57 Azihisha arye ingobyi n’uruhinja amaze kubyara, kubera inzara yaciye ibintu. Ako ni ko kaga muzagira igihe abanzi bazaba bagose imijyi yanyu.

58 Muramenye rero muzakurikize aya Mategeko yose yanditse muri iki gitabo, kandi mutinye Uhoraho Imana yanyu, nyir’ikuzo n’igitinyiro. Naho ubundi,

59 azabateza ibyago bikaze bibokame, n’indwara zikomeye zidakira, mwebwe n’abazabakomokaho.

60 Za ndwara zose yateje Abanyamisiri mwazibona zikabatera ubwoba, azazibateza namwe zibokame.

61 Ndetse azabateza n’izindi ndwara n’ibindi byago bitanditswe muri iki gitabo cy’Amategeko, kugeza ubwo azabarimbura.

62 Nubwo muzaba munganya ubwinshi n’inyenyeri zo ku ijuru, muzasigara muri bake cyane muzize kutumvira Uhoraho Imana yanyu.

63 Uko Uhoraho yishimiraga kubagirira neza no kubagwiza, ni na ko azishimira kubarimbura no kubatsemba. Ntimuzongera gutura igihugu mugiye kwigarurira.

64 Uhoraho azabatatanyiriza mu mahanga yose yo ku isi, kandi nimugerayo muzayoboka imana zibajwe mu biti no mu mabuye mutigeze kumenya, yaba mwebwe yaba ba sokuruza.

65 Ndetse muri ayo mahanga nta mahoro n’umutekano muzahabona, ahubwo Uhoraho azatuma muhora muhagaritse umutima, mwihebye kandi nta byiringiro.

66 Urupfu ruzahora rubugarije mutinye ijoro, ndetse n’amanywa abakure umutima.

67 Ibyo muzabona n’ibyo muzibwira bizabatera ubwoba, nibucya muti: “Ntibwira”, nibwira muti: “Ntibucya”!

68 Uhoraho azatuma mujyanwa n’amato musubire mu Misiri, aho nari nababwiye ko mutazasubira. Nimuhagera muzifuza ko abanzi banyu babagura kugira ngo mubabere inkoreragahato, ariko ntibazabakundira.

Categories
Ivugururamategeko

Ivugururamategeko 29

Isezerano Uhoraho yagiranye n’Abisiraheli muri Mowabu

1 Aya ni yo magambo y’Isezerano Uhoraho yagiranye n’Abisiraheli abinyujije kuri Musa, bakiri mu gihugu cya Mowabu, rikongerwa ku ryo yagiranye na bo ku musozi wa Horebu.

2 Musa ahamagara Abisiraheli bose, arababwira ati:: Mwiboneye ibyo Uhoraho yakoreye mu gihugu cya Misiri n’ibyo yagiriye umwami wacyo, n’abagaragu be bose n’igihugu cye cyose.

3 Mwiboneye na bya byago bikomeye n’ibimenyetso n’ibitangaza bikomeye yakoze.

4 Ariko kugeza n’ubu Uhoraho ntiyabahaye gusobanukirwa n’ibyo mwabonye n’ibyo mwumvise.

5 Mu myaka mirongo ine yabayoboye mu butayu, imyambaro n’inkweto ntibyabasaziyeho,

6 kandi ntimwariye imigati, cyangwa ngo munywe divayi cyangwa izindi nzoga. Kwari ukugira ngo mumenye ububasha bw’Uhoraho Imana yanyu.

7 Tugeze muri aka karere, Sihoni umwami w’i Heshiboni na Ogi umwami wa Bashani badusanganiza intambara ariko turabatsinda.

8 Twigaruriye ibihugu byabo tubiha ho gakondo Abarubeni n’Abagadi, n’igice cy’umuryango wa Manase.

9 None rero mujye mwita kuri iri Sezerano muryubahirize, bityo ibyo muzakora byose bijye bibatunganira.

10 Uyu munsi mwese muhagaze imbere y’Uhoraho Imana yanyu, hari abategetsi n’abatware n’abakuru n’abashinzwe ubutabera, n’abagabo bose b’Abisiraheli

11 n’abana n’abagore. Hari n’abanyamahanga batuye mu nkambi zanyu, babakorera imirimo yo gutashya inkwi no kuvoma amazi.

12 Ubu Uhoraho Imana yanyu agiye kugirana namwe Isezerano, namwe rero mugiye kurahira ko muryemeye.

13 Bityo muzakomeze kuba ubwoko bwe, na we abe Imana yanyu nk’uko yabibabwiye, kandi akabirahirira ba sokuruza Aburahamu na Izaki na Yakobo.

14 Iri Sezerano mugiye kurahirira Uhoraho ntarigiranye namwe Abisiraheli gusa,

15 ahubwo arigiranye n’abandi bose bari kumwe natwe uyu munsi imbere y’Uhoraho Imana yacu, ndetse arigiranye n’abazadukomokaho.

16 Mwebwe ubwanyu muzi uko twari tumerewe mu Misiri, n’ibyatubayeho igihe twanyuraga mu bihugu by’amahanga.

17 Mwabonye amahano abo banyamahanga bakora, n’ibigirwamana basenga byakozwe mu biti no mu mabuye, no mu ifeza no mu izahabu.

18 Uko muri hano uyu munsi, ntihazagire umugabo cyangwa umugore cyangwa inzu cyangwa umuryango wimūra Uhoraho Imana yacu, kugira ngo ayoboke ibigirwamana by’ayo mahanga, yaba ameze nk’utera igiti cyo kuroga abandi.

19 Ntihazagire uwumvise iyi ndahiro wibeshya ngo yibwire ati: “Nubwo nkomeza kwinangira nta cyo nzaba”. Byaba ari ugukururira amakuba ababi n’abeza.

20 Uhoraho ntazababarira bene uwo ahubwo azamurakarira cyane, amuteze imivumo yose yanditswe muri iki gitabo, amutsembe ye kuzibukwa ukundi.

21 Uhoraho azamuca mu bandi Bisiraheli bose, amuhanishe imivumo yose igenewe abica iri Sezerano, nk’uko byanditswe muri iki gitabo cy’Amategeko.

22 Abazabakomokaho n’abanyamahanga bazaba bavuye kure, bazabona ibyago n’indwara Uhoraho azaba yateje igihugu cyanyu batangare.

23 Bazagira ngo ikirunga cyararutse kuko muri icyo gihugu hose hazaba ari umuriro, nta buhinge nta n’ikimera kiharangwa. Hazaba hameze nka Sodoma na Gomora, na Adima na Seboyimu, ya mijyi Uhoraho yatsembye afite umujinya n’uburakari.

24 Abo mu mahanga yose bazibaza bati: “Ni iki cyatumye Uhoraho agenza iki gihugu atya? Ni iki cyamurakaje bene aka kageni?”

25 Bazabasubiza bati: “Ni uko Abisiraheli bishe Isezerano Uhoraho Imana ya ba sekuruza yagiranye na bo, amaze kubavana mu Misiri.

26 Bayobotse izindi mana batari bazi, baraziramya nubwo Uhoraho yari yarabibabujije.

27 Ni cyo cyatumye abarakarira agateza iki gihugu imivumo yose yanditse mu gitabo yabahaye.

28 Uhoraho yagize umujinya n’uburakari bwinshi, abirukana mu gihugu cyabo bajya mu kindi, aho bakiri na n’ubu.”

29 Hariho ibintu bimwe Uhoraho Imana yacu yahishe abantu, nyamara twe n’urubyaro rwacu yaduhishuriye Amategeko ye, kugira ngo tujye tuyakurikiza yose uko ibihe bihaye ibindi.

Categories
Ivugururamategeko

Ivugururamategeko 30

Abisiraheli bashobora kuzagarukira Uhoraho

1 Ibyo byago byose nibibageraho Uhoraho Imana yanyu akabatatanyiriza mu mahanga, muzibuke imigisha n’imivumo maze kubabwira.

2 Mwebwe n’abazabakomokaho nimugarukira Uhoraho Imana yanyu, mukamwumvira n’umutima wanyu wose n’ubushobozi bwanyu bwose nk’uko mbibategetse uyu munsi,

3 Uhoraho Imana yanyu azabagirira impuhwe, abakure aho muzaba mwarajyanywe ho iminyago. Azabatarurukanya abavane mu mahanga yose, aho azaba yarabatatanyirije.

4 Nubwo mwaba mwaraciriwe iyo gihera, Uhoraho Imana yanyu azabatarurukanya abakureyo.

5 Azabasubiza mu gihugu ba sokuruza bari barigaruriye, namwe mwongere mucyigarurire. Azabasubiza ishya n’ihirwe, abagwize murute ubwinshi ba sokuruza.

6 Mwebwe n’abazabakomokaho, Uhoraho Imana yanyu azabaha kumwiyegurira, no kumukunda n’umutima wanyu wose n’ubushobozi bwanyu bwose, kugira ngo mubeho.

7 Uhoraho Imana yanyu azateza iyo mivumo yose ababisha banyu, n’abanzi banyu bazaba babatoteje.

8 Muzagarukire Uhoraho mumwumvire, mwubahirize n’amabwiriza ye yose mbashyikirije uyu munsi.

9 Uhoraho Imana yanyu azabaha imigisha mu byo muzakora byose, azabaha kororoka agwize n’amatungo yanyu n’imisaruro yanyu. Uhoraho azongera gushimishwa no kubagirira neza, nk’uko yabigiriraga ba sokuruza.

10 Uko ni ko bizagenda nimwumvira Uhoraho Imana yanyu, mukubahiriza amabwiriza ye n’amateka ye byanditse muri iki gitabo cy’Amategeko, mukamugarukira n’umutima wanyu wose n’ubushobozi bwanyu bwose.

Guhitamo ubugingo cyangwa urupfu

11 Ayo mabwiriza mbashyikirije uyu munsi ntananiranye, mushobora kuyubahiriza.

12 Ntari mu ijuru kugira ngo mwibaze muti: “Ni nde washobora kuzamuka ngo ajye mu ijuru ayatuzanire, ayatwumvishe kugira ngo tuyakurikize?”

13 Nta n’ubwo ari hakurya y’inyanja, kugira ngo mwibaze muti: “Ni nde washobora kwambuka inyanja ngo ayatuzanire, ayatwumvishe kugira ngo tuyakurikize?”

14 Koko ayo mabwiriza murayafite, mwayafashe mu mutwe ndetse mushobora kuyatondagura. Bityo rero muyubahirize.

15 Uyu munsi ndabahitishamo amahirwe cyangwa ibyago, ubugingo cyangwa urupfu.

16 Icyakora ndabinginze mujye mukunda Uhoraho Imana yanyu mugenze uko ashaka, kandi mwubahirize amabwiriza ye n’amateka yatanze n’ibyemezo yafashe, kugira ngo mubeho. Bityo muzagwira, Uhoraho Imana yanyu abahere umugisha mu gihugu muzigarurira.

17 Ariko nimumwimūra ntimumwumvire, mukararikira kuyoboka izindi mana mukaziramya,

18 mumenye ko muzarimbuka. Ntimuzaramira mu gihugu muzigarurira kiri hakurya ya Yorodani.

19 Uyu munsi ntanze ijuru n’isi ho umugabo ko mbahitishijemo ubugingo cyangwa urupfu, umugisha cyangwa umuvumo. None rero nimuhitemo ubugingo, kugira ngo mubeho mwebwe n’abazabakomokaho.

20 Mujye mukunda Uhoraho Imana yanyu mumwumvire, mubane na we akaramata. Ni we ubabeshaho kandi azabaha kuramira mu gihugu yarahiye guha ba sokuruza, Aburahamu na Izaki na Yakobo.

Categories
Ivugururamategeko

Ivugururamategeko 31

Yozuwe umusimbura wa Musa

1 Musa arakomeza abwira Abisiraheli bose

2 ati: “Ubu maze imyaka ijana na makumyabiri mvutse, ndashaje! Uretse n’ibyo, Uhoraho yambwiye ko ntazambuka ruriya ruzi rwa Yorodani.

3 Ariko Uhoraho Imana yanyu ni we uzabajya imbere murwambuke. Azarimbura amahanga atuye muri kiriya gihugu mucyigarurire. Yozuwe na we azabarangaza imbere mwambuka, nk’uko Uhoraho yavuze.

4 Uhoraho azatsemba ayo mahanga nk’uko yatsembye Sihoni na Ogi, ba bami b’Abamori n’ibihugu byabo.

5 Azayabagabiza, namwe muzayagenze nk’uko nabategetse.

6 Nimukomere mube intwari, mwe gutinya ayo mahanga ngo abakure umutima, kuko Uhoraho Imana yanyu ari we muzajyana. Ntazabasiga mwenyine, nta n’ubwo azabatererana.”

7 Nuko Musa ahamagara Yozuwe, amubwirira imbere y’Abisiraheli bose ati: “Komera kandi ube intwari! Uzajyana n’aba bantu mu gihugu Uhoraho yarahiriye ba sekuruza ko azabaha, ni wowe uzakibahesha ho gakondo.

8 Uhoraho azakujya imbere abane nawe, ntazagusiga wenyine kandi ntazagutererana na rimwe. None rero ntutinye ngo ukuke umutima.”

Uko Abisiraheli bagomba kwiga Amategeko

9 Musa yandika Amategeko, ayashyikiriza Abalevi b’abatambyi bashinzwe ibyo guheka Isanduku y’Isezerano y’Uhoraho, ayashyikiriza n’abakuru bose b’Abisiraheli.

10 Musa arabategeka ati: “Uko imyaka irindwi ishize, mu mwaka wo kurekera abandi imyenda, mu minsi mikuru y’ingando,

11 muzajye musomera Abisiraheli bose aya Mategeko, aho Uhoraho Imana yanyu azaba yitoranyirije kugira ngo ahabe.

12 Muzajye mukoranya abantu bose, abagabo n’abagore n’abana n’abanyamahanga batuye muri mwe, kugira ngo bayumve, bayige, bayitondere kandi bubahe Uhoraho Imana yanyu.

13 Muri ubwo buryo, abazabakomokaho batigeze bamenya aya Mategeko bazayumva, bayige bitume bubaha Uhoraho Imana yanyu, igihe cyose bazaba bari mu gihugu cyo hakurya ya Yorodani muzigarurira.”

Amabwiriza Uhoraho yahaye Musa na Yozuwe

14 Uhoraho abwira Musa ati: “Igihe cyawe cyo gupfa kiregereje, none tumiza Yozuwe muze imbere y’Ihema ry’ibonaniro, muhe amabwiriza azakurikiza.” Nuko Musa na Yozuwe bajya imbere y’Ihema ry’ibonaniro.

15 Uhoraho aza mu nkingi y’igicu ihagarara hejuru y’umuryango w’Ihema.

16 Uhoraho abwira Musa ati: “Dore ugiye gutabaruka, nyuma y’aho Abisiraheli bazampemukira bayoboke ibigirwamana byo mu gihugu bagiye kwigarurira, bazanyimūra bice Isezerano nagiranye na bo.

17 Icyo gihe nzabarakarira mbatererane, mbihorere batsembwe. Bazabona n’ibyago byinshi n’imibabaro, bitume bamenya ko nabatereranye.

18 Icyo gihe nzabihorera rwose, bitewe n’uko bakabije kungomera bakayoboka izindi mana.

19 “Nuko rero nimwandike indirimbo ngiye kubabwira muzayigishe Abisiraheli, bajye bayiririmba kugira ngo imbēre umuhamya wo kubashinja.

20 Nzabageza mu gihugu gitemba amata n’ubuki nk’uko nabisezeranyije ba sekuruza, bazahabona ibyokurya bihagije bamererwe neza. Ariko bazanyimūra bayoboke izindi mana, bazansuzugura bice Isezerano nagiranye na bo.

21 Ndetse ntarabageza mu gihugu nasezeranye kubaha, nzi uko bateye n’ibyo bazakora. Abazabakomokaho nibamara kubona ibyago byinshi n’imibabaro, bazibuka iyi ndirimbo ibabere umuhamya wo kubashinja.”

22 Nuko uwo munsi Musa yandika iyo ndirimbo, ayigisha Abisiraheli.

23 Uhoraho abwira Yozuwe mwene Nuni ati: “Komera kandi ube intwari, kuko ari wowe uzageza Abisiraheli mu gihugu narahiye ko nzabaha, nanjye nzabana nawe.”

24 Musa arangije kwandika mu gitabo ayo Mategeko yose,

25 ategeka Abalevi bashinzwe guheka Isanduku y’Isezerano y’Uhoraho ati:

26 “Nimufate iki gitabo cy’Amategeko, mugishyire iruhande rw’Isanduku y’Isezerano y’Uhoraho Imana yanyu, kibere Abisiraheli umuhamya wo kubashinja.”

27 Nuko abwira Abisiraheli ati: “Nzi ko muri ibyigomeke kandi mutava ku izima. Niba mugomera Uhoraho nkiri kumwe namwe, nimara gupfa hazacura iki?

28 Munkoranyirize abakuru b’imiryango bose n’abashinzwe ubutabera banyumve, ntange ijuru n’isi ho umugabo wumvise mbaburira.

29 Nzi ko nimara gupfa muzifata nabi cyane rwose mugateshuka ibyo nabategetse. Mu minsi iri imbere muzabona ibyago kubera ko muzakora ibyo Uhoraho yababujije, bigatuma abarakarira.”

Indirimbo ya Musa

30 Abisiraheli bamaze gukoranira hamwe, Musa ababwira amagambo yose y’iyi ndirimbo:

Categories
Ivugururamategeko

Ivugururamategeko 32

1 Wa juru we, ntega amatwi,

nawe si, umva icyo mvuga.

2 Inyigisho zanjye nizimere nk’imvura itonyanga,

amagambo yanjye abe nk’imvura y’urujojo,

abe nk’imvura y’umuhindo igwa ku byatsi,

abe nk’imvura y’umurindi igwa ku bimera.

3 Reka namamaze Uhoraho,

namwe muhe ikuzo Imana yacu.

4 Uhoraho ni urutare rudukingira,

ibyo akora biratunganye.

Imigenzereze ye yose yuje ubutabera,

ni Imana yo kwiringirwa itagira amakemwa,

ni Imana y’ukuri kandi itunganye.

5 Nyamara mwebwe ab’iki gihe mwarayihemukiye,

ntimukiri abana bayo, ahubwo mwabaye urukozasoni!

Mwabaye ibyigomeke n’ibirumbo.

6 Ese uko ni ko mwitura Uhoraho, mwa bapfapfa mwe?

Mbese nta bwenge mugira?

Si we So wabaremye akabagira ubwoko bwe?

7 Nimwibuke ibyabayeho kera,

nimutekereze ibyabayeho mu gihe cya ba sokuruza.

Nimubaze ba so bazabibamenyesha,

mubaze n’abasaza bazabibabwira.

8 Imana Isumbabyose yahaye amahanga yose iminani,

yatandukanyije amoko y’abantu,

yageneye buri bwoko aho buzatura.

Umubare w’ayo moko uhwanye n’uwa bene Yakobo basuhukiye mu Misiri.

9 Ariko Uhoraho yitoranyirije abakomoka kuri Yakobo,

yabagize ubwoko bwe bw’umwihariko.

10 Yababonye bari mu butayu,

bari mu kidaturwa iwabo w’inyamaswa zihūma.

Yarabarinze abitaho,

yabarinze nk’urinda imboni y’ijisho rye.

11 Yabitagaho nk’uko kagoma imenyereza abana bayo kuguruka,

itambatamba hejuru yabo,

iyo bagiye kugwa irabaramira,

itega amababa ikabaheka.

12 Uhoraho wenyine ni we wayoboye Abisiraheli,

nta zindi mana bayobokaga.

13 Yabahaye no kwigarurira impinga z’imisozi,

batunzwe n’ibyo basanze byeze mu mirima,

yabagaburiye ubuki bwo mu rutare,

yabahaye n’amavuta y’iminzenze yameze mu rubuye.

14 Yabahaye ikivuguto n’amahenehene,

yabagaburiye abana b’intama b’imishishe,

bariye n’amapfizi y’intama n’ay’ihene y’i Bashani,

yabagaburiye ingano nziza,

benze imizabibu banywa divayi.

15 Abisiraheli babaye abatunzi nyamara baragoma,

barariye barahaga, barabyibuha bimūra Imana yabaremye,

basuzuguye Umukiza wabo kandi ari we rutare rubakingira.

16 Bayobotse imana z’abanyamahanga bamutera gufuha

bakoze ibizira baramurakaza.

17 Batambiye ibitambo ingabo za Satani mu cyimbo cy’Imana,

babitambiye imana z’inzaduka batigeze kumenya,

babitambiye izo ba sekuruza batigeze baramya.

18 Bibagiwe urutare rubakingira,

bibagiwe Imana yababyaye.

19 Uhoraho yarabibonye biramurakaza,

byatumye atererana abahungu be n’abakobwa be.

20 Yaravuze ati: “Sinzongera kubitaho,

nzareba uko bazamera.

Ni abantu bananiranye,

ni abana batagira umurava.

21 Bamparitse izindi mana bantera gufuha,

bayobotse ibigirwamana barandakaza,

nanjye nzabaharika abanyamahanga, mbatere gufuha,

bazarakazwa n’uko nzatonesha abo banyabwengebuke.

22 Uburakari bwanjye buzagurumana,

buzakongora isi n’ibiyirimo bugere n’ikuzimu,

buzatwika n’imfatiro z’imisozi.

23 “Nzabarundaho ibyago,

nzabamariraho imyambi yanjye.

24 Bazananurwa n’inzara,

bazarimburwa n’indwara zitera umuriro n’ibyorezo simusiga.

Nzabateza inyamaswa z’inkazi n’inzoka zifite ubumara.

25 Abana babo bazaba bari hanze bazahitanwa n’intambara,

ndetse n’abazaba bari mu mazu bazamarwa n’ubwoba.

Abasore n’inkumi bazicwa,

abana b’ibitambambuga n’abasaza rukukuri, na bo bazicwa.

26 Nibwiraga ko nzabarimbura kugira ngo be kuzongera kwibukwa ukundi,

27 ariko nanze ko abanzi babo bazabishima hejuru.

Abo banzi babashaga kwibwira ko ari bo banesheje Abisiraheli,

kandi ari jye Uhoraho byari kuba biturutseho.”

28 Ubwo ni ubwoko butabasha kwigīra inama,

ni abantu batagira ubwenge.

29 Iyo baba abanyabwenge, baba barasobanukiwe ibyababayeho,

baba baramenye ingaruka z’ibyo bakoze.

30 Umwanzi umwe yabasha ate kwirukana Abisiraheli igihumbi?

Abanzi babiri babasha bate kumenesha ibihumbi icumi?

Byatewe n’uko Uhoraho yababagabije,

urutare rwabo rwarabakingurutse!

31 Imana z’abanzi ntizihwanye n’Imana yacu,

na bo ubwabo barabyivugira!

32 Ntabwo batandukanye n’ab’i Sodoma n’i Gomora,

bameze nk’imizabibu isharira kandi irimo uburozi,

33 divayi yayo imeze nk’ubumara bw’inzoka,

yica nk’ubumara bw’impiri.

34 Uhoraho yibutse ibyo abanzi bakoze,

nta na kimwe yigeze yibagirwa.

Ni cyo cyatumye avuga ati:

35 “Guhōra no kwitura ni ibyanjye,

igihe kizagera bagwe,

umunsi w’ibyago uregereje,

ibyo nabateganyirije birabugarije.”

36 Abisiraheli bazacika intege,

bazabura n’umwe wo kubatabara,

ubwo ni bwo Uhoraho azabarenganura,

azagirira impuhwe abo bagaragu be.

37 Azababaza ati: “Za mana zindi mwahungiragaho ziri he?

38 Mwazigaburiraga urugimbu rw’ibitambo,

mwazituraga divayi y’ituro risukwa ngo zinywe,

nyamara ntizabatabaye cyangwa ngo zibarinde.

39 “Mumenye rero yuko jyewe ubwanjye ari jye Mana,

nta yindi mana ibaho itari jye!

Ni jye ubeshaho abantu kandi ni jye wemera ko bapfa,

ni jye ukomeretsa kandi nkomora,

nta wubasha gukoma imbere icyo niyemeje gukora.

40 Manitse ukuboko ndahira ubugingo bwanjye buhoraho,

41 nzatyaza inkota yanjye irabagirana,

nzayifata mpane abanzi banjye,

nzahōra abanyanga mbiture ibyo bakoze.

42 Imyambi yanjye izasinda amaraso,

inkota yanjye izahaga inyama,

izica bamwe abandi ibakomeretse,

izica n’abatware b’ingabo z’abanzi.”

43 Mwa mahanga mwe, nimwishimane n’ubwoko bw’Uhoraho,

azahōrera amaraso y’abagaragu be,

azitura abanzi be ibyo bakoze,

azababarira abantu be n’igihugu cyabo.

44 Musa na Yozuwe mwene Nuni babwira Abisiraheli amagambo yose y’iyo ndirimbo.

Musa amenyeshwa ko azapfira ku musozi wa Nebo

45 Musa arangije kubwira Abisiraheli bose ayo magambo yose,

46 arababwira ati: “Muzirikane ayo magambo yose mbabwiye, namwe muzayatoze abana banyu kugira ngo bajye bumvira Amategeko yose.

47 Ntimukayafate mujenjetse kuko ari yo azababeshaho, agatuma muramira mu gihugu cyo hakurya ya Yorodani muzigarurira.”

48 Uwo munsi Uhoraho abwira Musa ati:

49 “Zamuka umusozi wa Nebo uri mu bisi bya Abarimu, mu gihugu cya Mowabu ahateganye n’i Yeriko, witegereze igihugu cya Kanāni nzaha Abisiraheli ho gakondo.

50 Uzapfira kuri uwo musozi wa Nebo, nk’uko mukuru wawe Aroni yapfiriye ku musozi wa Hori,

51 kuko mwancumuyeho mu ruhame rw’Abisiraheli. Ntimwaberetse ubuziranenge bwanjye igihe mwaburaga amazi i Meriba, hafi y’i Kadeshi mu gasi ka Tsini.

52 Uzitegereza icyo gihugu nzaha Abisiraheli, ariko ntuzakigeramo.”

Categories
Ivugururamategeko

Ivugururamategeko 33

Musa asabira imiryango y’Abisiraheli umugisha

1 Musa wa muntu w’Imana atarapfa, yasabiye Abisiraheli umugisha

2 agira ati:

“Uhoraho yaje aturuka ku musozi wa Sinayi,

yatungutse ku misozi ya Seyiri ameze nk’izuba rirashe,

yamurikiye abantu be ari ku musozi wa Parani,

yaturutse hagati y’abamarayika batabarika,

yafashe umuriro mu kuboko kwe kw’iburyo abaha itegeko.

3 Ni ukuri akunda imiryango y’Abisiraheli,

abo yiyeguriye bose bari mu maboko ye.

Bikubita hasi imbere ye,

bumvira icyo abategeka.

4 Bumvira Amategeko nabashyikirije,

ni yo butunzi bw’abakomoka kuri Yakobo.

5 Imiryango y’Abisiraheli n’abatware babo bikoranyirije hamwe,

Uhoraho yabaye umwami wabo.”

6 Musa yasabiye umugisha ab’umuryango wa Rubeni agira ati:

“Abarubeni barakabaho,

nubwo abamukomokaho ari bake.”

7 Yasabiye umugisha ab’umuryango wa Yuda agira ati:

“Uhoraho, umva isengesho ry’Abayuda,

ubahe kwiyunga n’abandi Bisiraheli.

Abayuda bakunda kwirwanaho,

ariko nawe ujye ubafasha kurwanya abanzi babo.”

8 Yasabiye umugisha ab’umuryango wa Levi agira ati:

“Uhoraho, wahaye Abalevi Tumimu na Urimu,

ni bo bakwiyeguriye.

Wabageragereje i Masa,

mwagiye impaka ku byerekeye amazi y’i Meriba.

9 Baragukunze bakurutisha ababyeyi n’abavandimwe n’abana babo,

bitondeye ibyo wabategetse,

bakomeje Isezerano ryawe.

10 Bazigisha abakomoka kuri Yakobo ibyemezo wafashe,

bazigisha Abisiraheli Amategeko yawe.

Bazakosereza imibavu,

bazagutambira ibitambo ku rutambiro rwawe.

11 Uhoraho, bahe umugisha bakomere,

ujye wishimira imirimo bagukorera.

Ubatsindire abanzi babo,

ababanga ntibakabyutse umutwe.”

12 Yasabiye umugisha ab’umuryango wa Benyamini agira ati:

“Uhoraho yatonesheje Ababenyamini,

babana na we bakagira amahoro,

ahora abarinda kandi akabaheka.”

13 Yasabiye umugisha ab’umuryango wa Yozefu agira ati:

“Uhoraho ahe umugisha aho batuye,

nabahe imvura nziza n’amariba adakama.

14 Nabahe izuba rimeza imyaka,

nabahe icyo basarura buri kwezi.

15 Nibahinge no ku mpinga z’imisozi yabayeho kuva kera,

nibasarure no ku dusozi twahozeho,

16 nibahabwe imisaruro itubutse.

Uhoraho wambonekeye ari mu gihuru nabahe umugisha.

Nawuhe ab’umuryango wa Yozefu wari umutware wa bene se.

17 Impfura ye ifite imbaraga nk’iz’impfizi,

nihabwe icyubahiro.

Bene Yozefu bameze nk’amahembe y’imbogo,

azayicisha amahanga yose yo ku isi.

Ayo mahembe ni abantu batabarika bakomoka kuri Efurayimu,

ni ibihumbi by’abakomoka kuri Manase.”

18 Yasabiye umugisha ab’umuryango wa Zabuloni n’uwa Isakari agira ati:

“Bazabuloni, muzagirire amahirwe mu ngendo zanyu z’ubucuruzi,

Bisakari, muzagirire amahirwe mu ngo zanyu.

19 Bazahamagara abantu bateranire ku musozi,

bazahatambirira ibitambo bitunganye.

Bazakungahazwa n’ibiva mu nyanja,

bazatungishwa n’ibihishwe mu musenyi wo ku nyanja.”

20 Yasabiye umugisha ab’umuryango wa Gadi agira ati:

“Nihasingizwe Imana yo yāguye intara y’Abagadi!

Bameze nk’intare iryamye,

itanyagura umuhīgo kuva ku kuboko kugeza ku gahanga.

21 Bitoranyirije aheza barahatura,

bahawe umugabane wagenewe abatware.

Barangaje imbere y’Abisiraheli bakora ibitunganye,

bakurikije ibyemezo Uhoraho yafashe.”

22 Yasabiye umugisha ab’umuryango wa Dani agira ati:

“Abadani bameze nk’icyana cy’intare cy’i Bashani,

gisimbuka gikurikiye umuhīgo.”

23 Yasabiye umugisha ab’umuryango wa Nafutali agira ati:

“Abanafutali baratoneshejwe,

Uhoraho yabasenderejeho imigisha,

umugabane wabo uramanuka ukagera ku kiyaga cya Galileya.”

24 Yasabiye umugisha ab’umuryango wa Ashēri agira ati:

“Abashēri barushije indi miryango amahirwe,

nibarushe ubutoni abandi Bisiraheli.

Bazagire iminzenze myinshi babone amavuta yo kwisiga.

25 Ibihindizo by’amarembo y’imijyi yabo bizakomere,

bajye bakomera iminsi yose yo kubaho kwabo.

26 “Mwa Bisiraheli mwe, nta cyahwana n’Imana yanyu,

ivanwa mu ijuru no kubatabara,

imanuka mu bicu ifite ikuzo.

27 Imana ihoraho ni yo buhungiro bwanyu,

amaboko yayo ahora abaramira.

Yirukanye abanzi banyu ibaha kubarimbura.

28 Bisiraheli, mwabayeho mu mahoro,

mwa bakomoka kuri Yakobo mwe, mwabaye ukwanyu,

mwatuye mu gihugu cyera ingano n’imizabibu,

ni igihugu kitabura imvura.

29 Bisiraheli, murahirwa!

Nta bundi bwoko Uhoraho yakijije nka mwe.

Ni we ngabo ibakingira akabatabara,

ni we nkota ibatera gutsinda.

Abanzi banyu bazabebera,

muzasiribanga ingoro z’imana zabo.”

Categories
Ivugururamategeko

Ivugururamategeko 34

Urupfu rwa Musa

1 Musa ava mu kibaya cya Mowabu, azamuka umusozi wa Nebo ari wo Pisiga, agera mu mpinga yawo ahateganye n’i Yeriko. Uhoraho amwereka igihugu cyose ahera i Gileyadi akomeza i Dani,

2 n’intara yose y’Abanafutali n’iy’Abefurayimu, n’iy’Abamanase n’iy’Abayuda yose kugeza ku Nyanja ya Mediterane.

3 Amwereka amajyepfo ya Kanāni n’ikibaya cya Yorodani n’igikombe cy’i Yeriko wa mujyi w’imikindo, no kugeza i Sowari.

4 Uhoraho aramubwira ati: “Kiriya ni cyo gihugu narahiriye Aburahamu na Izaki na Yakobo ko nzagiha abazabakomokaho. None rero ukirebeshe amaso, ariko ntuzambuka Yorodani kugira ngo ukigeremo.”

5 Nuko Musa umugaragu w’Uhoraho apfira aho ngaho mu gihugu cya Mowabu, nk’uko Uhoraho yabivuze.

6 Uhoraho arahamushyingura mu kabande gateganye n’i Beti-Pewori, ariko kugeza ubu nta wigeze abona imva ye.

7 Musa yapfuye amaze imyaka ijana na makumyabiri avutse, akireba neza kandi ataracika intege.

8 Abisiraheli bamaze iminsi mirongo itatu baririra Musa mu kibaya cya Mowabu.

9 Musa atarapfa yari yararambitse ibiganza kuri Yozuwe mwene Nuni, Uhoraho amwuzuza ubwenge. Abisiraheli bumviraga Yozuwe, nk’uko Uhoraho yabitegetse abinyujije kuri Musa.

10 Kuva icyo gihe mu Bisiraheli ntihongeye kuboneka umuhanuzi uhwanye na Musa, warebanaga n’Uhoraho imbonankubone.

11 Ntawagereranywa na we mu kwerekana ibimenyetso no gukora ibitangaza byose, nk’ibyo Uhoraho yamutumye gukorera umwami wa Misiri, n’abagaragu be bose n’igihugu cye cyose.

12 Nta n’undi muhanuzi wagize ububasha cyangwa ngo akore ibikomeye biteye ubwoba, nk’ibyo Musa yakoreye mu Bisiraheli bose.

Categories
Yozuwe

Yozuwe 1

Uhoraho yasezeranyije Yozuwe ko atazamutererana

1 Musa umugaragu w’Uhoraho amaze gupfa, Uhoraho abwira Yozuwe mwene Nuni akaba n’umufasha wa Musa ati:

2 “Umugaragu wanjye Musa yarapfuye, none itegure kwambuka ruriya ruzi rwa Yorodani, ujyane Abisiraheli bose mu gihugu mbahaye.

3 Aho muzakoza ikirenge hose ndahabeguriye, nk’uko nabisezeranyije Musa.

4 Umupaka w’igihugu cyanyu uzahera ku butayu mu majyepfo, ugere ku bisibya Libani mu majyaruguru, uhere no ku ruzi runini rwa Efurati mu burasirazuba harimo n’igihugu cyose cy’Abaheti, ugere ku Nyanja ya Mediterane mu burengerazuba.

5 Mu mibereho yawe yose nta wuzaguhangara, kuko nzaba ndi kumwe nawe nk’uko nari kumwe na Musa. Sinzagusiga wenyine kandi sinzagutererana na rimwe.

6 Komera kandi ube intwari, kuko ari wowe uzahesha aba bantu igihugu narahiriye ba sekuruza ko nzabaha.

7 Komera rero kandi ube intwari cyane. Uzajye ukurikiza Amategeko yose umugaragu wanjye Musa yagushyikirije, ntuzayateshukeho kugira ngo aho uzajya hose uzamererwe neza.

8 Ujye uhora usoma igitabo cy’Amategeko, uyazirikane ku manywa na nijoro kandi ukurikize ibyanditswemo byose. Nugenza utyo uzagira ishya n’ihirwe.

9 Ujye wibuka ko nagutegetse gukomera no kuba intwari. None rero ntugatinye kandi ntugakuke umutima, kuko jyewe Uhoraho Imana yawe nzaba ndi kumwe nawe aho uzajya hose.”

Yozuwe ategura kwambuka Yorodani

10 Nuko Yozuwe ategeka abatware b’Abisiraheli

11 kuzenguruka mu nkambi, babwira Abisiraheli bati: “Nimutegure impamba kuko nyuma y’iminsi itatu muzambuka Yorodani, mukigarurira igihugu Uhoraho Imana yanyu abahaye.”

12 Yozuwe abwira Abarubeni n’Abagadi n’igice cy’Abamanase ati:

13 “Nimwibuke ibyo Musa umugaragu w’Uhoraho yababwiye agira ati: ‘Uhoraho Imana yanyu abemereye gutura muri iki gihugu, iburasirazuba bwa Yorodani.’

14 Abagore banyu n’abana banyu bazagume hakuno ya Yorodani aho Musa yabahaye, basigarane n’amatungo yanyu. Naho ab’intwari mwese nimufate intwaro, mwambuke murangaje imbere ya bene wanyu b’Abisiraheli. Muzabafashe urugamba

15 kugeza ubwo Uhoraho Imana yanyu azabaha kwigarurira igihugu abahaye, akabaha umutekano nk’uko yabibagenjereje namwe. Hanyuma muzagaruke muri iki gihugu Musa umugaragu w’Uhoraho yabahaye ho gakondo, iburasirazuba bwa Yorodani.”

16 Nuko basubiza Yozuwe bati: “Ibyo udutegetse byose tuzabikora, n’aho uzatwohereza hose tuzajyayo.

17 Tuzakumvira byimazeyo nk’uko twumviraga Musa. Icyaduha gusa ngo Uhoraho Imana yawe azabe ari kumwe nawe nk’uko yari kumwe na Musa.

18 Umuntu wese uzakwigomekaho akanga kumvira amategeko yawe azicwe. None rero wowe, komera kandi ube intwari!”

Categories
Yozuwe

Yozuwe 2

Yozuwe yohereza abatasi i Yeriko

1 Bakiri i Shitimu, Yozuwe mwene Nuni yohereza rwihishwa abantu babiri ngo batate igihugu n’umujyi wa Yeriko. Bageze i Yeriko, ba batasi bombi bajya gucumbika ku mugore w’indaya witwa Rahabu.

2 Umwami wa Yeriko amenya ko uwo mugoroba Abisiraheli babiri bageze mu mujyi, kugira ngo batate igihugu cye.

3 Ni ko gutuma kuri Rahabu ati: “Duhe abantu baje iwawe, kuko bazanywe no gutata igihugu cyose.”

4 Rahabu wari wamaze guhisha abatasi, asubiza intumwa z’umwami ati: “Koko hari abagabo baje iwanjye, ariko sinari nzi aho baturuka.

5 Bagiye bwije irembory’umujyi ritarakingwa. Sinzi aho barengeye, icyakora mwihuse mwabafata.”

6 Nyamara yari yaburije hejuru y’inzuye maze abahisha mu byatsi yari yahanitse.

7 Intumwa z’umwami ziva mu mujyi zihuta irembo bararikinga, zijya kubategera ku ruzi rwa Yorodani.

8 Mbere y’uko abantu baryama Rahabu asanga abatasi hejuru y’inzu,

9 arababwira ati: “Nzi ko Uhoraho yabagabije iki gihugu. Mwadukuye umutima kandi abaturage bose mwabateye ubwoba.

10 Twumvise ko Uhoraho yakamije Inyanja y’Uruseke ngo mubone uko mwambuka, igihe mwari muvuye mu Misiri. Twumvise n’uko mwishe Sihoni na Ogi, abami bombi b’Abamori bari batuye iburasirazuba bwa Yorodani.

11 Twumvise iyo nkuru dukuka umutima, twese mwaduteye ubwoba. Koko Uhoraho Imana yanyu ni Imana igenga ijuru n’isi!

12 Ngaho nimundahire Uhoraho, mumpe n’icyemezo ko ineza mbagiriye muzayitura umuryango wanjye.

13 Nimundahire ko nta cyo muzatwara ababyeyi banjye n’abavandimwe banjye, n’abo mu ngo zabo bose. Ntimuzatume twicwa!”

14 Abatasi baramurahira bati: “Ni ukuri tuzakiza amagara yanyu nk’uko ukijije ayacu, upfa gusa kutagira uwo ubwira ibyacu. Igihe Uhoraho azatugabiza iki gihugu tuzagufata neza, ntituzaguhemukira.”

15 Inzu ya Rahabu yari ifatanye n’urukuta rw’umujyi ifite n’idirishya rireba hanze, nuko acishamo umugozi kugira ngo ba batasi bawumanukireho bacike.

16 Rahabu arababwira ati: “Nimujye kwihisha mu misozi kugira ngo mudahura n’abashaka kubafata. Nyuma y’iminsi itatu bazaba bagarutse, mubone gukomeza urugendo.”

17 Ba batasi baramubwira bati: “Indahiro waturahije tuzayubahiriza.

18 Ariko nidutera, uzapfundike uyu mushumi utukura ku idirishya tugiye kunyuramo, kandi ababyeyi bawe n’abavandimwe bawe na bene wanyu bose, uzabe wabakoranyirije muri iyi nzu yawe.

19 Nihagira usohoka mu nzu yawe akagira icyo aba, amaraso ye ntazatubarweho. Ariko nihagira umuntu ugira icyo abera muri iyi nzu, amaraso ye azatubarweho.

20 Nyamara nuramuka ugize uwo ubwira ibyacu, ntituzaba tucyubahirije indahiro waturahije.”

21 Rahabu arabasubiza ati: “Ndabyemeye.” Nuko abasezeraho baragenda, maze apfundika wa mushumi utukura ku idirishya.

22 Abatasi bahungira ku misozi bahamara iminsi itatu bihishe. Naho intumwa z’umwami zibashakira mu mihanda yose zirababura, zigaruka mu mujyi.

23 Nuko ba bagabo bombi baramanuka bambuka Yorodani, basubira aho Yozuwe mwene Nuni yari ari. Bahageze bamutekerereza ibyababayeho byose,

24 kandi baramubwira bati: “Uhoraho yatugabije kiriya gihugu cyose, ndetse n’abaturage bacyo twabakuye umutima!”

Categories
Yozuwe

Yozuwe 3

Abisiraheli bambuka Yorodani

1 Bukeye Yozuwe n’Abisiraheli bose barazinduka, bava i Shitimu bashinga amahema iruhande rwa Yorodani, baraharara, bategereje kwambuka.

2 Hashize iminsi itatu abatware bazenguruka mu nkambi,

3 babwira Abisiraheli bati: “Nimubona Abalevi b’abatambyi bahetse Isanduku y’Isezerano ry’Uhoraho Imana yanyu, muzahaguruke muyikurikire,

4 kugira ngo mumenye aho munyura, kuko mutigeze muca muri iyo nzira. Icyakora ntimuzasatire Isanduku, mujye muyigendera kure nko mu ntera ya kilometero imwe.”

5 Hanyuma Yozuwe abwira Abisiraheli ati: “Nimwitunganye, kuko ejo Uhoraho azabakorera igitangaza.”

6 Yozuwe ategeka abatambyi guheka Isanduku y’Isezerano no kurangaza imbere ya rubanda. Nuko babigenza batyo.

7 Uhoraho abwira Yozuwe ati: “Guhera uyu munsi ngiye kuguhesha ikuzo mu Bisiraheli bose, kugira ngo bamenye ko ndi kumwe nawe nk’uko nari kumwe na Musa.

8 Bwira abatambyi bahetse Isanduku y’Isezerano, nibagera mu ruzi rwa Yorodani bahagararemo.”

9 Yozuwe akoranya Abisiraheli kugira ngo ababwire ibyo Uhoraho Imana yabo yavuze.

10 Arababwira ati: “Imana nzima izamenesha Abanyakanāni n’Abaheti n’Abahivi, n’Abaperizi n’Abagirigashi, n’Abamori n’Abayebuzi nimubatera, bityo muzamenya ko iri kumwe namwe.

11 Isanduku y’Isezerano ry’Umugenga w’isi yose ni yo izabajya imbere muri Yorodani.

12 Nimutoranye abagabo cumi na babiri, umwe muri buri muryango.

13 Abatambyi bahetse Isanduku y’Uhoraho Umugenga w’isi yose, nibakoza ibirenge mu ruzi rwa Yorodani, ruzacikamo kabiri amazi ya ruguru yigomere.”

14 Abatambyi bari bahetse Isanduku y’Isezerano bava mu nkambi, maze abandi Bisiraheli barabakurikira kugira ngo bambuke Yorodani.

15 Ibyo byabaye mu gihe cy’isarura, uruzi rwuzuye.Ariko abatambyi bahetse Isanduku bagikoza ibirenge mu mazi,

16 uruzi rucikamo kabiri. Amazi ya ruguru yigomerera ahateganye n’umujyi witwa Adamu hafi ya Saritani, kure cyane y’aho bari bari, ntiyakomeza gutemba ngo ajye mu kiyaga cya Araba, ari cyo Kiyaga cy’Umunyu. Uko ni ko Abisiraheli bashoboye kwambuka Yorodani ahateganye n’i Yeriko.

17 Abatambyi bari bahetse Isanduku y’Isezerano ry’Uhoraho, bagumye guhagarara ahumutse muri Yorodani rwagati, kugeza ubwo Abisiraheli bose bamariye kwambuka bagenda ahumutse.