Categories
Ivugururamategeko

Ivugururamategeko 18

Umugabane w’abatambyi n’Abalevi

1 Abatambyi n’abandi bo mu muryango wa Levi bose, ntibazagira umugabane cyangwa gakondo kimwe n’abandi Bisiraheli. Umugabane wabo uzava ku maturo atwikwa y’Uhoraho, abe ari na yo abatunga.

2 Ntibazagira umugabane kimwe n’abandi Bisiraheli, kuko Uhoraho ari we mugabane wabo nk’uko yababwiye.

3 Igihe mutamba itungo ho igitambo cy’umusangiro, mugomba guha abatambyi urushyi rw’akaboko n’imisaya n’igifu.

4 Mujye mubaha umuganura w’ingano n’uwa divayi n’uw’amavuta y’iminzenze, mubahe n’ubwoya muzakemura intama bwa mbere.

5 Mu miryango yose y’Abisiraheli, Uhoraho Imana yanyu yitoranyirije uwa Levi kugira ngo umukorere iteka ryose.

6 Nihagira Umulevi uzaba atuye muri umwe mu mijyi ya Isiraheli, akifuza abikuye ku mutima kujya gukorera aho Uhoraho azaba yitoranyirije,

7 azemererwe gukorera Uhoraho Imana ye nk’uko abandi Balevi bahari bakora.

8 Ajye ahabwa umugabane w’ibyokurya nk’uwabo, agumane n’ibiguzi by’ibyo yarazwe na ba sekuruza.

Ibyerekeye ubupfumu n’ubushitsi

9 Nimumara kwigarurira igihugu Uhoraho Imana yanyu azabaha, ntimuzigane ibizira bikorwa n’amahanga agituyemo.

10 Ntihakagire uwo muri mwe utwika umuhungu we cyangwa umukobwa we ho igitambo cy’ikigirwamana Ntihakagire umupfumu cyangwa umucunnyi cyangwa umunyabugenge,

11 cyangwa umurozi cyangwa uterekēra abazimu, cyangwa umushitsi w’uburyo bwose uba muri mwe.

12 Uhoraho Imana yanyu yanga urunuka abakora batyo, ibyo bizira ni byo bitumye agiye kwirukana ayo mahanga mukayazungūra.

13 Muzabere indakemwa Uhoraho Imana yanyu.

Umuhanuzi uzatumwa n’Uhoraho

14 Amahanga mugiye kuzungūra araraguza agacunisha, ariko mwebwe Uhoraho Imana yanyu ntabibemerera.

15 Uhoraho Imana yanyu azabatumaho umuhanuzi umeze nkanjye ukomoka muri mwe, muzamwumvire.

16 Azamubatumaho kuko ubwo mwari mukoraniye ku musozi wa Horebu, mwasabye kutazongera kumva ijwi ry’Uhoraho Imana yanyu, cyangwa kubona wa muriro ugurumana kugira ngo mutazapfa.

17 Uhoraho arambwira ati: “Ibyo basabye bifite ishingiro.

18 Nzabatumaho umuhanuzi umeze nkawe, ukomotse muri bo. Nzamubwira ibyo azavuga, na we azabagezaho ibyo nzamutegeka byose.

19 Nanjye nzahana umuntu wese utazumvira uwo muhanuzi nzabatumaho.

20 Ariko nihagira umuhanuzi uzitwaza izina ryanjye agahangara kuvuga ibyo ntamutegetse, cyangwa akavuga ko yatumwe n’izindi mana, uwo muhanuzi azicwe.”

21 Mushobora kwibaza icyabamenyesha ko umuhanuzi atatumwe n’Uhoraho.

22 Umuhanuzi niyitwaza izina ry’Uhoraho akagira icyo avuga ntikibe, muzamenya ko atari Uhoraho wamutumye. Uwo muhanuzi azaba ahangaye kubyihimbira, ntimuzamwiteho.

Categories
Ivugururamategeko

Ivugururamategeko 19

Imijyi y’ubuhungiro

1 Uhoraho Imana yanyu namara gutsemba amahanga atuye mu gihugu azabaha, muzatura mu mijyi yabo no mu mazu yabo.

2-3 Muzakigabanyemo imigabane itatu, maze muri buri mugabane muhatoranye umujyi utaruhanyije kugerwamo, uwishe umuntu ajye ahungira muri umwe muri yo.

4 Umuntu wishe undi atabigambiriye cyangwa nta cyo bapfaga kindi, ashobora kuwuhungiramo kugira ngo na we batamwica.

5 Urugero: abantu bari mu ishyamba batema ibiti, ishoka y’umwe igakuka ikica mugenzi we, azahungire muri umwe muri iyo mijyi kugira ngo batamwica.

6 Ntagomba gucirwa urwo gupfa kuko atari asanzwe yanga mugenzi we, ariko bene wabo w’uwishwe bashobora kurakara bakamukurikira. Umujyi w’ubuhungiro ubaye kure, bāmufata atarawugeramo bakamwica.

7 Ni yo mpamvu mbategetse gutoranya imijyi itatu.

8-9 Nimwubahiriza amabwiriza yose mbashyikiriza uyu munsi, mugakunda Uhoraho Imana yanyu mugahora mugenza uko ashaka, azabaha kwāgura igihugu muzaba mwigaruriye nk’uko yabirahiriye ba sokuruza. Icyo gihe muzatoranye indi mijyi itatu y’ubuhungiro

10 kugira ngo abishe abandi batabigambiriye baticwa, namwe mukabarwaho amaraso azaba yamenetse mu gihugu Uhoraho Imana yanyu azabaha ho gakondo.

11 Ariko umuntu niyanga undi akamwubikira akamwica, hanyuma agahungira muri umwe muri iyo mijyi,

12 abakuru bo mu mujyi akomokamo bazamugaruze, bamushyikirize uhōrera uwapfuye amwice.

13 Ntimuzamugirire impuhwe, ahubwo muzakure ikibi muri mwe kugira ngo mugubwe neza.

Imbago z’isambu

14 Nimumara kwigarurira igihugu Uhoraho Imana yanyu azabaha, ntihazagire urengēra umuturanyi we ngo yimure imbago z’isambu zizaba zarashinzwe na ba sekuruza.

Ibyerekeye abashinja abandi

15 Umugabo umwe ntahagije gushinja umuntu icyaha icyo ari cyo cyose, ajye ashinjwa n’abagabo babiri cyangwa barenzeho kugira ngo icyo aregwa kimuhame.

16 Umuntu narega undi ibinyoma agambiriye kumugirira nabi,

17 bombi bazajye aho basengera Uhoraho, babitekerereze abatambyi n’abacamanza bazaba bariho icyo gihe.

18 Abacamanza bazabigenzure cyane nibasanga urega abeshyera mugenzi we,

19 muzamugirire nk’uko yari yagambiriye kumugirira. Muzakure ikibi muri mwe.

20 Abandi nibabyumva bazatinya he kuzagira undi muri mwe ucumura nk’uwo muntu.

21 Ntimuzamugirire impuhwe, azahanwe hakurikijwe icyo yagambiriye gukora, nk’uko umwicanyi acirwa urwo gupfa, umennye undi ijisho agahanishwa kumenwa irye, ukuye undi iryinyo agahanishwa gukurwa irye, uciye undi ikiganza cyangwa ikirenge agahanishwa gucibwa icye.

Categories
Ivugururamategeko

Ivugururamategeko 20

Amabwiriza yerekeye intambara

1 Nimujya ku rugamba mugasanga abanzi banyu babarusha amafarasi n’amagare y’intambara n’ingabo, ntimuzabatinye kuko Uhoraho Imana yanyu wabavanye mu Misiri azaba ari kumwe namwe.

2 Mutaratangira kurwana umutambyi azahagarare imbere y’ingabo,

3 azibwire ati: “Bisiraheli, nimwumve! Uyu munsi mugiye guhangana n’abanzi, none nimukomere mureke kugira ubwoba no gutinya no guhinda umushyitsi!

4 Uhoraho Imana yanyu arajyana namwe abarwanirire mutsinde abanzi banyu.”

5 Maze abashinzwe kubahiriza amategeko bazabwire ingabo bati: “Niba muri mwe hari uwubatse inzu akaba atarayitaha, nagende ayitahe, atazagwa mu ntambara igatahwa n’undi.

6 Niba hari uwateye imizabibu akaba atararya imbuto zayo, nasubire iwe atazagwa mu ntambara, imizabibu ye igasarurwa n’undi.

7 Niba hari uwasabye umugeni akaba ataramurongora, nasubire iwe atazagwa mu ntambara, umugeni we akarongorwa n’undi.

8 Niba kandi hari ufite ubwoba agatinya gutabara, nasubire iwe adaca abandi intege.”

9 Abashinzwe kubahiriza amategeko nibamara kubwira ingabo batyo, bazazishyikirize abatware b’ingabo.

10 Mbere yo gutera umujyi, mujye mubanza mubaze abawutuye niba bemera gutsindwa batarwanye.

11 Nibabyemera bakabareka mukawinjiramo, abawutuyemo bose bazabayoboke kandi babakorere imirimo y’agahato.

12 Ariko nibashaka kubarwanya muzagote umujyi wabo,

13 maze Uhoraho Imana yanyu nawubagabiza, muzamarire ku icumu abagabo bawurimo bose.

14 Muzajyane ho iminyago abagore n’abakobwa n’abana n’amatungo, n’ibindi byose biri muri uwo mujyi Uhoraho Imana yanyu azaba yabahaye, murye n’ibiribwa muzawusahuramo.

15 Uko azabe ari ko muzagenza imijyi iri kure y’igihugu mugiye kwigarurira.

16 Naho mu mijyi y’icyo gihugu Uhoraho Imana yanyu azabaha ho gakondo, muzice abantu bose n’amatungo yose.

17 Muzatsembe Abaheti n’Abamori n’Abanyakanāni, n’Abaperizi n’Abahivi n’Abayebuzi nk’uko Uhoraho Imana yanyu yabibategetse.

18 Naho ubundi babatoza ibizira bakora baramya imana zabo, mukaba mucumuye ku Uhoraho Imana yanyu.

19 Nimushaka kwigarurira umujyi, ntimugateme ibiti byera imbuto by’abawutuye, nubwo mwaba mumaze igihe kirekire muwugose. Ibiti si byo banzi banyu ngo mubirwanye, ahubwo bishobora kubatunga.

20 Icyakora ibiti bitera imbuto ziribwa mushobora kubitema, kugira ngo mubyubakishe ibikwa byo kūririraho inkuta z’uwo mujyi, kugeza igihe muzawigarurira.

Categories
Ivugururamategeko

Ivugururamategeko 21

Ibyerekeye umuntu wishe undi ntamenyekane

1 Nimumara kwigarurira igihugu Uhoraho Imana yanyu azabaha, hakagira ubona intumbi y’umuntu ku gasozi kandi uwamwishe ntamenyekane,

2 abakuru n’abacamanza bazajyeyo kugira ngo bamenye umujyi uri hafi y’iyo ntumbi uwo ari wo.

3 Abakuru b’uwo mujyi bazashake inyana y’ishāshi itarigeze ikoreshwa imirimo,

4 bayijyane mu kabande katigeze gahingwa karimo akagezi kadakama, bayice bayivunnye ijosi.

5 Abatambyi na bo bagomba kuba bahari, kuko ari bo bashinzwe guca imanza z’amahane n’urugomo. Ni bo Uhoraho Imana yanyu yitoranyirije mu Balevi, kugira ngo bamukorere kandi basabire abantu umugisha mu izina rye.

6 Abakuru bose b’uwo mujyi bazakarabire hejuru y’iyo shāshi yiciwe muri ako kabande,

7 bavuge bati: “Ntabwo ari twe twamennye amaraso y’uwo muntu, kandi ntituzi uwayamennye.

8 Uhoraho, babarira Abisiraheli ubwoko bwawe wacunguye, ntubabareho ubwicanyi.” Uko ni ko bazaba bahanaguweho icyaha.

9 Ibyo ni byo Uhoraho abashakaho kugira ngo muhanagurweho bene ubwo bwicanyi.

Ibyerekeye umukobwa wajyanywe ho umunyago

10 Nimujya ku rugamba Uhoraho Imana yanyu akabagabiza abanzi banyu, muzabajyane ho iminyago.

11 Nihagira ubona muri iyo minyago umukobwa mwiza akamubengukwa, yemererwa kumurongora.

12 Ariko ajye abanza amujyana iwe, uwo mukobwa yiyogosheshe, ace inzāra,

13 ahindure imyambaro yanyaganywe, ahamare ukwezi kose aririra ababyeyi be, hanyuma abone kumurongora abe umugore we.

14 Ariko uwo mugabo namuhararukwa, azamureke yigire aho ashaka. Ntakamugurishe cyangwa ngo amugirire nabi kuko azaba yararyamanye na we.

Umunani w’umuhungu w’impfura

15 Birashoboka ko umugabo yagira abagore babiri, umwe akaba inkundwakazi, undi akaba intabwa maze bombi bakabyara abahungu. Umuhungu w’impfura naba uw’intabwa,

16 ntibizabuze se kumuha umunani umugenewe. Ntashobora guha umuhungu w’inkundwakazi ubutware bw’umwana w’impfura.

17 Ahubwo ajye aha umuhungu w’intabwa umunani ukubye kabiri uwa murumuna we ku byo atunze byose, kuko ari we muhungu we wa mbere wagenewe ubutware bw’umwana w’impfura.

Umusore w’icyigomeke

18 Nihagira umusore winangira akigira icyigomeke, ntiyumvire ababyeyi be ndetse bamuhana ntiyumve,

19 ababyeyi be bajye bamujyana ku irembory’umujyi bamwereke abakuru bawo,

20 bamubaregere bati: “Uyu mwana wacu yarinangiye yigira icyigomeke kandi yanga kutwumvira, ni umunyangesombi kandi ni umusinzi.”

21 Abagabo bose bo muri uwo mujyi bajye bamwicisha amabuye, bityo muzakura ikibi muri mwe. Abisiraheli bose nibabyumva bazatinya.

Intumbi imanitswe

22 Umuntu nakora icyaha gikwiriye guhanishwa gupfa, bakamwica bakamanika intumbi ye ku giti,

23 iyo ntumbi ntikarare kuri icyo giti. Mujye muyihamba uwo munsi kuko umanitswe aba yaravumwe n’Imana. Muzirinde guhumanya igihugu Uhoraho Imana yanyu azabaha ho gakondo.

Categories
Ivugururamategeko

Ivugururamategeko 22

Kwita ku mutungo w’abandi

1 Nubona inka cyangwa intama cyangwa ihene y’undi yazimiye ntukayirengagize, ahubwo uzayimugarurire.

2 Niba nyirayo atuye kure cyangwa ukaba utamuzi, ujye uyifata uyijyane iwawe kugeza ubwo azazira kuyishaka.

3 Ni na ko uzabigenza no ku ndogobe ye, cyangwa umwambaro we cyangwa ikindi kintu cyose cyatakaye ukakibona, ntukacyirengagize.

4 Nusanga indogobe y’undi cyangwa inka ye yatembye mu nzira ntukamutererane, ahubwo uzamufashe kuyibyutsa.

Amategeko anyuranye

5 Umugore ntakambare imyambaro y’abagabo, umugabo na we ntakambare iy’abagore, kuko bene ibyo ari ikizira ku Uhoraho Imana yanyu.

6 Niba uri mu nzira ugenda ukabona icyari cy’inyoni mu giti cyangwa hasi, harimo inyoni ibundikiye ibyana cyangwa amagi, ntukajyane nyina.

7 Ibyana cyangwa amagi ushobora kubijyana, ariko uzareke nyina yigendere. Nubigenza utyo uzagubwa neza kandi uzarama.

8 Niwubaka inzu ifite igisenge gishashe, uzakizengurutse akazitiro karinda abantu kugwa, naho ubundi wazaryozwa umuntu uzahahanuka.

9 Ntukabibe izindi mbuto mu murima wawe w’imizabibu, naho ubundi izo mbuto n’iz’imizabibu byaba ari umuziro.

10 Ntugahingishe igisuka gikururwa n’ikimasa n’indogobe bizirikanyije hamwe.

11 Ntukambare imyambaro iboshywe mu ndodo zidahuje ubwoko.

12 Ujye utera incunda ku misozo ine y’umwenda wambara.

Ibyerekeye ubusambanyi

13 Birashoboka ko umuntu yarongora umukobwa, hanyuma akamwanga

14 akamurega ibiteye isoni, akamusebya ati: “Uyu mukobwa narongoye nasanze atari isugi!”

15 Nibigenda bityo, ababyeyi b’uwo mukobwa bajye bajyana ishuka abageni barayeho, bayishyīre abakuru ku irembory’umujyi.

16 Se w’uwo mukobwa ababwire ati: “Uyu mugabo namushyingiye umukobwa wanjye none aramwanze.

17 Aramurega ibiteye isoni, ngo ntiyasanze ari isugi. Nyamara dore ikimenyetso cy’uko yari isugi.” Nuko bazarambure iyo shuka iriho amaraso bayereke abakuru b’umujyi.

18 Abakuru b’umujyi bafate uwo mugabo bamuhane,

19 kuko yashebeje umukobwa w’Abisiraheli. Bamuce icyiru cy’ibikoroto ijana by’ifeza, babihe sebukwe. Uwo mugabo azakomeze kubana n’umugore we iminsi yose y’ukubaho kwe, ntakamwirukane.

20 Ariko niba icyo kirego gifite ishingiro, ntihagire ikimenyetso cyerekana ko uwo mukobwa yari isugi,

21 bajye bamujyana imbere y’inzu ya se, abagabo bo mu mujyi bamwicishe amabuye. Bazaba bamuhōye ko yakoreye ishyano muri Isiraheli agasambana akiri kwa se, bityo muzakure ikibi muri mwe.

22 Umugabo nafatwa aryamanye n’umugore w’undi mugabo bombi bazicwe, bityo muzakure ikibi muri Isiraheli.

23 Umugabo nafatirwa mu mujyi aryamanye n’umukobwa w’isugi wasabwe n’undi mugabo,

24 bombi muzabajyane ku irembo ry’uwo mujyi mubicishe amabuye. Umukobwa azaba azize ko atatatse kandi ari mu mujyi, naho umugabo azaba azize ko yaryamanye n’umugeni w’undi mugabo. Bityo muzakure ikibi muri mwe.

25 Ariko umugabo nafatira mu gasozi umukobwa w’isugi wasabwe n’undi mugabo, akaryamana na we ku ngufu, uwo mugabo azabe ari we wicwa wenyine.

26 Umukobwa ntimuzagire icyo mumutwara kuko nta cyaha yakoze. Ni umwere nk’umuntu wishwe na mugenzi we,

27 kuko uwo mukobwa wasabwe yafatiwe ku gasozi, yataka hakabura umutabara.

28 Umugabo nafata umukobwa w’isugi utarasabwa akaryamana na we ku ngufu bakabafata,

29 uwo mugabo azahe se w’uwo mukobwa ibikoroto mirongo itanu by’ifeza. Uwo mugabo azarongore uwo mukobwa kuko yaryamanye na we ku ngufu, amubere umugore iminsi yose y’ukubaho kwe, ntakamwirukane.

30 Ntihakagire uwinjira muka se, byaba ari ugukoza se isoni.

Categories
Ivugururamategeko

Ivugururamategeko 23

Abatemerewe kujya mu ikoraniro ry’Uhoraho

1 Umugabo w’inkone cyangwa washahuwe, ntakajye mu ikoraniro ry’Uhoraho.

2 Umuntu w’ikinyandaro ntakajye mu ikoraniro ry’Uhoraho, ndetse n’abazamukomokaho kugeza ku gisekuru cya cumi ntibazemererwe kurijyamo.

3 Umwamoni cyangwa Umumowabu ntakigere ajya mu ikoraniro ry’Uhoraho, ndetse n’abazabakomokaho kugeza ku gisekuru cya cumi ntibazemererwe kurijyamo,

4 kuko banze kubakīra no kubaha ibyokurya n’amazi, ubwo mwavaga mu Misiri. Ndetse Abamowabu baguriye Balāmu mwene Bewori w’i Petori yo muri Mezopotamiya ngo abavume.

5 Ariko Uhoraho Imana yanyu ntiyemera ko Balāmu abavuma, ahubwo imivumo ye Uhoraho Imana yanyu ayihindura imigisha kuko abakunda.

6 Ntimukabashakire amahoro cyangwa ibyiza, uko ibihe bihaye ibindi.

7 Ntimukange Abedomu kuko ari bene wanyu, kandi ntimukange Abanyamisiri kuko mwasuhukiye mu gihugu cyabo.

8 Abuzukuru babo bazemererwa kujya mu ikoraniro ry’Uhoraho.

Kwirinda icyahumanya inkambi

9 Nimujya ku rugamba kurwanya abanzi banyu, mujye mwirinda ikintu cyose cyabahumanya.

10 Nihagira umugabo uhumanywa no gusohora intanga nijoro ajye yirirwa inyuma y’inkambi,

11 ku gicamunsi ajye yiyuhagira, izuba nirimara kurenga abone gusubira mu nkambi.

12 Muzateganye ahantu hiherereye inyuma y’inkambi, aho muzajya mwituma.

13 Buri muntu ajye agira igihōsho mu bikoresho bye, kugira ngo agicukuze aho kwituma kandi agikoreshe ahatwikīra.

14 Uhoraho Imana yanyu agendagenda mu nkambi zanyu, kugira ngo abarinde kandi abahe kunesha abanzi banyu. Inkambi zanyu zigomba kuba ziboneye, kuko Uhoraho ahabonye ikintu giteye ishozi atahagaruka.

Kurengera impunzi y’inkoreragahato

15 Inkoreragahato nihungira mu gihugu cyanyu ntimuzayisubize shebuja,

16 muzayireke iture muri mwe mu mujyi izihitiramo kandi ntimuzayikandamize.

Ibyerekeye uburaya

17 Mu mihango y’idini ntihakagire uwo muri mwe uryamana n’indayay’umugore cyangwa y’umugabo.

18 Ntimukakire ibyahonzwe indaya ngo bihiguzwe umuhigo mu nzu y’Uhoraho Imana yanyu, kuko ibyo zikora ari ibizira ku Uhoraho Imana yanyu.

Ibyerekeye inguzanyo

19 Nimuguriza Umwisiraheli amafaranga cyangwa ibyokurya cyangwa ikindi kintu, ntimuzamwake inyungu.

20 Umunyamahanga we mushobora kumwaka inyungu, ariko mwene wanyu ntimuzayimwake, ni bwo Uhoraho Imana yanyu azabahera umugisha mu byo muzakorera byose mu gihugu mugiye kwigarurira.

Ibyerekeye guhigura umuhigo

21 Nimuhigira Uhoraho Imana yanyu umuhigo ntimuzatinde kuwuhigura, kugira ngo bitazababera icyaha kuko atazabura kuwubaryoza.

22 Nimutagira umuhigo muhiga nta cyaha muzaba mukoze.

23 Ariko nimwiyemeza guhigira Uhoraho Imana yanyu umuhigo, muzajye muwuhigura nk’uko mwabyivugiye.

Ibyerekeye gusoroma mu murima w’undi

24 Umuntu unyuze mu murima w’imizabibu y’undi, yemererwa kurya imbuto zayo uko ashaka, ariko ntiyemererwa kugira izo asoroma ngo azijyane.

25 Unyuze mu murima w’ibinyampeke by’undi, yemererwa guca ihundo, ariko ntiyemererwa gutemesha umuhoro imyaka ye.

Categories
Ivugururamategeko

Ivugururamategeko 24

Amategeko yo gucyura uwasenzwe

1 Birashoboka ko umuntu yarongora umugeni agasanga afite imibereho iteye isoni ku buryo atakimwishimiye, akamwandikira urwandiko rwemeza ko amusenze, akamwirukana.

2 Hanyuma uwo mugore agacyurwa n’undi mugabo

3 na we akamwanga, akamwandikira urwandiko rwo kumusenda akamwirukana, cyangwa uwo mugabo wamucyuye agapfa.

4 Icyo gihe umugabo we wa mbere ntashobora kumucyura, kuko yihumanyishije ubusambanyi. Byaba ari ikizira ku Uhoraho. Ntimuzakorere icyaha nk’icyo mu gihugu Uhoraho Imana yanyu azabaha ho gakondo.

Ibyerekeye abamaze gushyingirwa

5 Umugabo umaze igihe gito arongoye, ntakajye ku rugamba kandi ntagakoreshwe n’umurimo wose utuma ava iwe. Mujye mumureka amare umwaka iwe, anezeze umugore yarongoye.

Ingwate itemewe

6 Ntihakagire umuntu ufata urusyo cyangwa ingasīre ho ingwate, kuko yaba yicishije nyirabyo inzara.

Ibyerekeye gushimuta abantu

7 Nihagira umuntu ushimuta mugenzi we w’Umwisiraheli, akamugira inkoreragahato ye cyangwa akamugurisha, uwo mushimusi azicwe. Bityo muzakure ikibi muri mwe.

Ibyerekeye indwara z’uruhu zanduza

8 Mujye mwitondera amategeko yose yerekeye indwara z’uruhu zanduza, mukurikize ibyo Abalevi b’abatambyi bazababwira byose nk’uko nabibashyikirije.

9 Ntimukibagirwe uko Uhoraho Imana yanyu yagenje Miriyamu mu rugendo ubwo mwavaga mu Misiri.

Izindi ngwate

10 Nuguriza cyangwa nutiza mugenzi wawe ikintu cyose, ntuzinjizwe mu nzu ye no gufata ingwate mu bye.

11 Uzagume hanze, maze uwo uguriza abe ari we ukuzanira ingwate.

12 Nufata umwambaro w’umukene ho ingwate ntuzawurarane,

13 uzawumusubize nimugoroba kugira ngo abone icyo yiyorosa. Azagusabira umugisha kandi Uhoraho Imana yanyu azakwishimira.

Ibyerekeye guhemba abakozi

14 Ntimuzakandamize umukozi w’umukene cyangwa w’imbabare, yaba Umwisiraheli cyangwa umunyamahanga utuye mu gihugu cyanyu.

15 Mujye mumuha igihembo cye buri munsi arangije akazi, mumuhembe izuba ritararenga kuko ari umukene akaba ari cyo kimutunze. Naho ubundi yaganyira Uhoraho ibyo mwamugiriye bikababera icyaha.

Kudahanirwa ibyaha by’abandi

16 Ababyeyi ntibakicwe bazira ibyaha by’abana babo, n’abana ntibakicwe bazira ibyaha by’ababyeyi babo, ahubwo umuntu wakoze icyaha cyo kumwicisha ni we wenyine ukwiriye kwicwa.

Kuzirikana imbabare

17 Ntimukarenganye impfubyi n’abanyamahanga batuyemuri mwe, kandi ntimugafate umwambaro w’umupfakazi ho ingwate.

18 Mujye mwibuka ko mwari inkoreragahato mu Misiri, maze Uhoraho Imana yanyu akabacungura akabavanayo. Ni cyo gitumye mbabuza kugenza mutyo.

19 Nimusarura ntimuzasubire mu murima guhumba ibyasigaye, muzabirekere abanyamahanga n’impfubyi n’abapfakazi. Nimugenza mutyo, Uhoraho Imana yanyu azabaha umugisha mu byo mukora byose.

20 Nimusarura imbuto z’iminzenze ntimuzasubire mu murima guhumba izasigaye, muzazirekere abanyamahanga n’impfubyi n’abapfakazi.

21 Nimusarura imbuto z’imizabibu ntimuzasubire mu murima guhumba izasigaye, muzazirekere abanyamahanga n’impfubyi n’abapfakazi.

22 Mujye mwibuka ko mwari inkoreragahato mu Misiri. Ni cyo gitumye mbategeka kugenza mutyo.

Categories
Ivugururamategeko

Ivugururamategeko 25

Igihano cyo gukubitwa

1 Abantu nibagira icyo bapfa bakaburanira mu rukiko, umwe agatsinda undi agatsindwa,

2 niba uwatsinzwe agomba guhanishwa gukubitwa, umucamanza ajye amuryamisha bamukubitire imbere ye inkoni zihwanye n’icyaha cye.

3 Icyakora ntibazarenze inkoni mirongo ine, kuko byaba ari ukumuzonga no kumukoza isoni mu Bisiraheli.

Ikimasa gihonyōra ingano

4 Ntimugahambire umunwa w’ikimasa igihe gihonyōra ingano.

Ibyerekeye gucīkūra

5 Igihe umwe mu bavandimwe baturanye apfuye adasize umwana w’umuhungu, umupfakazi ntagacyurwe n’utari uwo mu muryango w’umugabo we, ahubwo umugabo wabo ajye aba ari we umucyura.

6 Hanyuma umuhungu bazabyarana bwa mbere, azabe ari we uragwa ibya nyakwigendera kugira ngo izina rye ritibagirana mu Bisiraheli.

7 Uwo mugabo nadakunda gucyura umugore wabo, uwo mugore azajye ku irembory’umujyi abwire abakuru ati: “Umugabo wacu yanze ko tubana ngo acīkūre mwene se.”

8 Abakuru b’umujyi bazatumize uwo mugabo bavugane na we, natava ku izima akanga kumucyura,

9 umugore wabo azamwegerere imbere y’abo bakuru, amukuremo urukweto amucire mu maso, avuge ati: “Uku ni ko bagenza uwanze gucīkūra mwene se!”

10 Umuryango w’uwo mugabo bazawuhimbe “Inzu ya Mukurankweto.”

Igihano cy’umugore wacakiye ubugabo

11 Abagabo babiri nibarwana, umugore w’umwe akajya gukiza umugabo we, maze agacakira ubugabo bw’umukubitira umugabo,

12 uwo mugore muzamuce ikiganza. Ntimukamugirire impuhwe.

Ibipimisho bidatunganye

13 Ntimukibishe iminzani mukoresha ibipimisho bidatunganye,

14 cyangwa ngo mwibishe gupimisha ingero zidatunganye.

15 Ahubwo ibipimisho n’ingero mukoresha bijye biba byuzuye kandi bitunganye, kugira ngo muzaramire mu gihugu Uhoraho Imana yanyu azabaha.

16 Uhoraho Imana yanyu yanga urunuka abibisha ibipimisho n’ingero bidatunganye.

Abisiraheli bategekwa gutsemba Abamaleki

17 Mujye mwibuka ibyo Abamaleki babagiriye mu rugendo, ubwo mwavaga mu Misiri.

18 Ntibatinye Imana, ahubwo barabateye mukiri mu rugendo igihe mwari munaniwe cyane, bica abari basigaye inyuma bose.

19 None rero nimumara kwigarurira igihugu Uhoraho Imana yanyu azabaha ho gakondo, akabagabiza abanzi banyu bo mu bihugu muzahana imbibi, ntimuzibagirwe Abamaleki, muzabatsembe be kuzongera kwibukwa ukundi.

Categories
Ivugururamategeko

Ivugururamategeko 26

Ibyerekeye umuganura na kimwe cya cumi

1 Nimumara kugera mu gihugu Uhoraho Imana yanyu azabaha ho gakondo, mukacyigarurira kandi mukagituramo,

2 muzafate ku muganura w’ibyo muzasarura byose muri icyo gihugu, muzabishyire mu byibo mubijyane ahantu Uhoraho Imana yanyu azitoranyiriza kugira ngo ahabe.

3 Muzasange umutambyi uzaba uriho muri icyo gihe, mumubwire muti: “Uyu munsi tuje kubwira Uhoraho Imana yawe ko twageze mu gihugu yaduhaye, nk’uko yabisezeranyije ba sogokuruza.”

4 Umutambyi azakīre buri muntu icyibo yazanye, agitereke imbere y’urutambiro rw’Uhoraho Imana yanyu.

5 Namwe muzabwire Uhoraho Imana yanyu muti: “Sogokuruza yari Umwaramu uzerera nk’uwazimiye, maze asuhukira mu Misiri ajyanye n’abantu bake cyane. Ariko bororokeyeyo bakomokwaho n’abantu benshi, baba ubwoko bw’abanyamaboko.

6 Abanyamisiri batugirira nabi baratubabaza, badukoresha imirimo y’agahato.

7 Turagutakira wowe Uhoraho Imana ya ba sogokuruza, wumva gutaka kwacu ureba imibabaro yacu, n’ukuntu badukoresha imirimo y’agahato.

8 Udukūza mu Misiri ububasha bukomeye n’imbaraga nyinshi, n’ibiteye ubwoba bikomeye, n’ibimenyetso n’ibitangaza.

9 Utuzana aha hantu, uduha iki gihugu gitemba amata n’ubuki.

10 None Uhoraho, dore tukuzaniye umuganura w’ibyo waduhaye kuhasarura.”

Hanyuma mubitereke imbere y’urutambiro rw’Uhoraho Imana yanyu, maze mumuramye.

11 Mwebwe n’ab’imiryango yanyu muzishimire ibyiza Uhoraho Imana yanyu yabahaye, mwishimane n’Abalevi n’abanyamahanga batuye muri mwe.

12 Uko imyaka itatu ishize, dore uko muzajya mukoresha kimwe cya cumi: nimumara kwegeranya kimwe cya cumi cy’ibyo mwejeje byose, muzajye mubigaburira Abalevi n’abanyamahanga, n’impfubyi n’abapfakazi babirīre iwanyu bahage.

13 Mwongere mubwire Uhoraho Imana yanyu muti: “Twakuye mu mazu yacu ibyo twakweguriye byose, tubiha Abalevi n’abanyamahanga, n’imfubyi n’abapfakazi nk’uko wabidutegetse. Ntabwo twigeze tubirengaho kandi ntitwibagiwe n’amabwiriza yawe.

14 Ntitwigeze turya ku byo twakweguriye igihe twaririraga abapfuye, kandi ntitwigeze tubigabanyaho igihe twari duhumanye, ndetse ntitwigeze tubitangaho ibiyagano. Ahubwo twumviye ibyo wategetse kandi turabikurikiza.

15 Itegereze uri mu Ngoro yawe yo mu ijuru maze uduhe umugisha, uwuhe n’igihugu waduhaye nk’uko wagisezeranyije ba sogokuruza, igihugu gitemba amata n’ubuki.”

Ubwoko Uhoraho yitoranyirije

16 Uyu munsi Uhoraho Imana yanyu abategetse kumvira aya mateka n’aya mabwiriza. Mujye muyakurikiza n’umutima wanyu wose n’ubushobozi bwanyu bwose.

17 Uyu munsi mwiyemereye ko Uhoraho ari Imana yanyu kandi ko muzamuyoboka mukitondera amateka n’amabwiriza ye, mukubahiriza n’ibyemezo yafashe.

18 Uhoraho na we yabasezeranyije ko muzamubera ubwoko bw’umwihariko, bukurikiza amabwiriza ye yose.

19 Azabatonesha kuruta andi mahanga yose yaremye, abaheshe icyubahiro n’ikuzo n’ishema. Nuko rero muzamubere ubwoko bwe bwite yitoranyirije nk’uko yabisezeranye.

Categories
Ivugururamategeko

Ivugururamategeko 27

Amabuye ku musozi wa Ebali

1 Musa ari kumwe n’abakuru b’Abisiraheli ategeka rubanda ati: “Mujye mwitondera aya Mategeko yose mbahaye uyu munsi.

2 Nimumara kwambuka Yorodani mukagera mu gihugu Uhoraho Imana yanyu azabaha, muzashinge amabuye manini muyatere ingwa.

3 Nimugera muri icyo gihugu gitemba amata n’ubuki yasezeraniye ba sokuruza, muzandike aya Mategeko yose kuri ayo mabuye

4 ateye ingwa. Ayo mabuye maze kubabwira, muzayashinge hakurya ya Yorodani ku musozi wa Ebali.

5 Muzubakireyo Uhoraho Imana yanyu urutambiro rw’amabuye atabajwe,

6 murwubakishe amabuye asanzwe, murutambirireho Uhoraho Imana yanyu ibitambo bikongorwa n’umuriro

7 n’iby’umusangiro. Muzabihasangirire, mwishimira Uhoraho Imana yanyu.

8 Muzandike kuri ya mabuye aya Mategeko yose, mu nyuguti zisomeka neza.”

9 Musa ari kumwe n’Abalevi b’abatambyi abwira Abisiraheli bose ati: “Bisiraheli, nimutuze mwumve. Uyu munsi Uhoraho Imana yanyu abagize ubwoko bwe.

10 Mujye mumwumvira, mwitondere amabwiriza ye n’amateka ye mbashyikirije uyu munsi.”

Imivumo cumi n’ibiri

11 Uwo munsi Musa yahaye Abisiraheli n’aya mabwiriza:

12 Nimumara kwambuka Yorodani, ab’umuryango wa Simeyoni n’uwa Levi n’uwa Yuda, n’uwa Isakari n’uwa Yozefu n’uwa Benyamini, ni bo bazahagarara ku musozi wa Gerizimu igihe cyo gutangariza abantu imigisha iterwa no kumvira Uhoraho.

13 Naho ab’umuryango wa Rubeni n’uwa Gadi n’uwa Ashēri, n’uwa Zabuloni n’uwa Dani n’uwa Nafutali bazahagarare ku musozi wa Ebali, igihe cyo gutangaza imivumo iterwa no kutumvira Uhoraho.

14 Abalevi bazarangurure babwire Abisiraheli bose bati:

15 “Kwiremera ishusho risengwa ryaba iribajwe cyangwa iricuzwe, ni ikizira ku Uhoraho. Ugenza atyo cyangwa urishinga ntamenyekane, arakaba ikivume.”

Abantu bose babasubize bati: “Amina!”

16 Abalevi bavuge bati: “Ukoza se cyangwa nyina isoni, arakaba ikivume.”

Abantu bose bavuge bati: “Amina!”

17 Abalevi bavuge bati: “Urengēra umuturanyi akimura imbago z’isambu ye, arakaba ikivume.”

Abantu bose bavuge bati: “Amina!”

18 Abalevi bavuge bati: “Uyobya impumyi inzira, arakaba ikivume.”

Abantu bose bavuge bati: “Amina!”

19 Abalevi bavuge bati: “Ugoreka urubanza rw’umunyamahanga utuye muri mwe cyangwa urw’impfubyi cyangwa urw’umupfakazi, arakaba ikivume.”

Abantu bose bavuge bati: “Amina!”

20 Abalevi bavuge bati: “Usambana na muka se arakaba ikivume, kuko aba akojeje se isoni.”

Abantu bose bavuge bati: “Amina!”

21 Abalevi bavuge bati: “Uryamana n’itungo iryo ari ryo ryose, arakaba ikivume.”

Abantu bose bavuge bati: “Amina!”

22 Abalevi bavuge bati: “Usambana na mushiki we basangiye se cyangwa nyina, arakaba ikivume.”

Abantu bose bavuge bati: “Amina!”

23 Abalevi bavuge bati: “Usambana na nyirabukwe, arakaba ikivume.”

Abantu bose bavuge bati: “Amina!”

24 Abalevi bavuge bati: “Uwica undi ntamenyekane, arakaba ikivume.”

Abantu bose bavuge bati: “Amina!”

25 Abalevi bavuge bati: “Uwakira ikiguzi cyo kwica inzirakarengane, arakaba ikivume.”

Abantu bose bavuge bati: “Amina!”

26 Abalevi bavuge bati: “Udakurikiza Amategeko yose y’Uhoraho ngo ayumvire, arakaba ikivume.”

Abantu bose bavuge bati: “Amina!”