Categories
Ibarura

Ibarura 14

Abantu batinya kujya muri Kanāni

1 Abisiraheli barara basakuza barira,

2 bitotombera Musa na Aroni bati: “Ibi birutwa n’uko tuba twarapfiriye mu Misiri cyangwa muri ubu butayu!

3 Kuki Uhoraho atwohereza muri icyo gihugu cya Kanāni? Tuzagwa mu ntambara, kandi abagore bacu n’abana bacu bajyanwe ho iminyago. Mbese ibyiza si uko twakwisubirira mu Misiri?”

4 Nuko baravugana bati: “Dutore undi mutware dusubire mu Misiri.”

5 Musa na Aroni bakiri imbere y’ikoraniro ry’Abisiraheli, bikubita hasi barasenga.

6 Nuko Yozuwe mwene Nuni na Kalebu mwene Yefune bo mu bagiye gutata igihugu, bashishimura imyambaro yabo kubera agahinda,

7 babwira Abisiraheli bose bati: “Igihugu twagiye gutata ni igihugu cyiza cyane,

8 gitemba amata n’ubuki. Uhoraho natugirira neza azakitugezamo akiduhe.

9 None rero mwirinde kumugomera. Ntimutinye abatuye icyo gihugu, tuzabakubita incuro. Ntimubatinye kuko Uhoraho ari kumwe natwe, kandi bo badafite ubatabara.”

10 Ariko Abisiraheli bose bashakaga kwicisha amabuye Yozuwe na Kalebu. Nuko Abisiraheli babona ikuzo ry’Uhoraho hejuru y’Ihema ry’ibonaniro.

Musa asabira abantu imbabazi

11 Uhoraho abwira Musa ati: “Aba Bisiraheli bazansuzugura bageze ryari? Babonye ibitangaza byose nabakoreye, ariko banga kunyizera.

12 Ngiye kubateza icyorezo mbabuze kwinjira mu gihugu nari ngiye kubaha, ariko wowe nzaguha gukomokwaho n’ubwoko bubarusha ubwinshi n’amaboko.”

13 Musa asubiza Uhoraho ati: “Ntibikabeho! Nugenza utyo Abanyamisiri bazabimenya. Wakuye ubu bwoko muri bo ukoresheje ibitangaza,

14 kandi ibyo Abanyamisiri babitekerereje Abanyakanāni. Na bo bumvise yuko wowe Uhoraho ubana n’ubu bwoko, kandi ko uvugana na bwo imbonankubone. Bumvise n’uko ubatwikiriza igicu, ku manywa ukabayobora uri mu nkingi y’igicu, na nijoro ukabayobora uri mu nkingi y’umuriro.

15 None nurimburira ubu bwoko bwose icyarimwe, amahanga azumva ibyo wakoze azavuga ati:

16 ‘Uhoraho ntiyashoboye kugeza Abisiraheli mu gihugu yabasezeranyije, ni yo mpamvu yabiciye mu butayu.’

17 None rero Nyagasani, erekana ubushobozi bwawe!

“Warivugiye uti:

18 ‘Ndi Uhoraho, ntinda kurakara kandi nuje urukundo, mbabarira abantu ibicumuro n’ubugome, ariko simbura guhana abagome n’abana babo n’abuzukuru babo, n’abuzukuruza babo.’

19 None rero kubera urukundo rwawe rwinshi, babarira Abisiraheli ibicumuro byabo, nk’uko utahwemye kubababarira kuva bavuye mu Misiri kugeza ubu.”

20 Uhoraho asubiza Musa ati: “Ndabababariye nk’uko ubinsabye.

21 Ariko ndahiye ubugingo bwanjye n’ikuzo ryanjye ryuzuye isi,

22 ko nta n’umwe mu babonye ikuzo ryanjye n’ibitangaza nakoreye mu Misiri no mu butayu, bakangerageza incuro nyinshi kandi bakanga kunyumvira,

23 uzatura mu gihugu nasezeranyije ba sekuruza. Nta n’umwe mu bansuzuguye uzakibamo.

24 Ariko umugaragu wanjye Kalebu nzamutuza mu gihugu yatase, kuko we yagize umutima mwiza kandi akanyoboka adashidikanya, ndetse n’abazamukomokaho nzakibahamo umunani.

25 Ariko kubera ko Abamaleki n’Abanyakanāni batuye muri ibi bibaya, ejo muzasubize iy’ubutayu muce mu nzira igana ku Nyanja Itukura.”

Uhoraho azahana Abisiraheli

26 Uhoraho abwira Musa na Aroni ati:

27 “Numvise Abisiraheli banyitotombera. Abo bantu babi bahora banyitotombera nzabihanganira ngeze ryari?

28 Mubambwirire muti: ‘Mwahisemo kugwa mu butayu, none ndahiye ubugingo bwanjye ko nzabagenzereza uko mwavuze.

29 Muri ubwo butayu ni ho muzagwa. Ababaruwe mwese mumaze imyaka makumyabiri n’abayirengeje, muzapfa kuko munyitotombera.

30 Ntimuzinjira mu gihugu narahiye kuzabaha. Hazinjiramo gusa Kalebu mwene Yefune na Yozuwe mwene Nuni.

31 Abana banyu mwavuze ko bazajyanwa ho iminyago, ni bo bazatura muri icyo gihugu mwanze maze bakimenyēre.

32 Naho mwe muzagwa muri ubu butayu.

33 Abana banyu bazamara imyaka mirongo ine baragiye amatungo mu butayu, baryozwa ubuhemu bwanyu kugeza igihe mwese muzahashirira.

34 Mwamaze iminsi mirongo ine mutata igihugu, noneho muzamara imyaka mirongo ine mu butayu muryozwa ibicumuro byanyu, umunsi uhwane n’umwaka. Bityo muzamenya ingaruka zo kungomera.

35 Ndi Uhoraho.’ Sinzabura kugenza aba bantu babi bose bandwanya nk’uko mbivuze, bazagwa muri ubu butayu bahashirire.”

36-37 Uhoraho yicisha icyorezo ba batasi Musa yari yohereje mu gihugu cya Kanāni, kubera ko babeshye abantu bose iby’icyo gihugu, bigatuma bitotombera Musa.

38 Yozuwe mwene Nuni na Kalebu mwene Yefune, ni bo bonyine barokotse muri bo.

Abantu bongera kugomera Imana

39 Musa asubiriramo Abisiraheli amagambo yose y’Uhoraho, birabababaza cyane.

40 Mu gitondo cya kare bitegura gutera Kanāni banyuze mu misozi, baravuga bati: “Twaracumuye! Ariko noneho reka tujye aho Uhoraho yatubwiye.”

41 Musa arababwira ati: “Kuki mushaka kugomera Uhoraho? Ibyo mwitegura ntimuzabigeraho.

42 Ntimujyeyo kuko Uhoraho atari kumwe namwe, naho ubundi abanzi banyu bazabatsinda.

43 Abamaleki n’Abanyakanāni bazabamarira ku icumu. Uhoraho ntazabatabara kuko mwamwimūye.”

44 Nyamara bahangara kuzamuka mu misozi, nubwo Isanduku y’Isezerano ry’Uhoraho yari yasigaye mu nkambi hamwe na Musa.

45 Nuko Abamaleki n’Abanyakanāni bari batuye muri iyo misozi, baramanuka babakubita incuro babageza i Horuma.

Categories
Ibarura

Ibarura 15

Amaturo aturanwa n’ibitambo bitwikwa

1 Uhoraho ategeka Musa

2 kubwira Abisiraheli ati: “Nimumara gutura mu gihugu ngiye kubaha,

3 muzantambire ibitambo bitwikwa, byaba ibikongorwa n’umuriro cyangwa ibyo guhigura umuhigo, cyangwa iby’ubushake cyangwa ibigenewe iminsi mikuru. Muzantambire inka cyangwa intama cyangwa ihene, kugira ngo impumuro yabyo inshimishe.

4 Buri gitambo mujye mukinturana n’ituro ry’ibinyampeke, rigizwe n’ikiro kimwe cy’ifu nziza ivanze na litiro y’amavuta y’iminzenze,

5 na litiro ya divayi y’ituro risukwa rigendana na buri mwana w’intama, cyangwa w’ihene watambwe ho igitambo gikongorwa n’umuriro cyangwa icy’umusangiro.

6 Nimutamba impfizi y’intama, mujye muyinturana n’ituro ry’ibinyampeke rigizwe n’ibiro bibiri by’ifu nziza ivanze na litiro n’igice y’amavuta,

7 na litiro n’igice ya divayi y’ituro risukwa, impumuro yabyo izanshimisha.

8 Nimuntambira ikimasa ho igitambo gikongorwa n’umuriro cyangwa icyo guhigura umuhigo cyangwa icy’umusangiro,

9 mujye mukinturana n’ituro ry’ibinyampeke, rigizwe n’ibiro bitatu by’ifu nziza ivanze na litiro ebyiri z’amavuta,

10 na litiro ebyiri za divayi z’ituro risukwa. Impumuro y’ibyo bitambo bitwikwa izanshimisha.

11 Ayo ni yo maturo aturanwa n’igitambo cy’ikimasa cyangwa icy’impfizi y’intama, cyangwa icy’umwana w’intama cyangwa uw’ihene.

12 Uko umubare w’ibitambo uziyongēra, ni ko muzongera n’uw’amaturo agendana na byo.

13 “Abisiraheli bose bajye bakurikiza ayo mabwiriza igihe bantambira ibitambo bitwikwa, kugira ngo impumuro yabyo inshimishe.

14 Umunyamahanga uje gutura muri mwe cyangwa uhafite ibisekuruza byinshi, nashaka kuntambira igitambo gitwikwa kugira ngo impumuro yacyo inshimishe, na we ajye agenza nkamwe.

15 Mwebwe n’abanyamahanga batuye muri mwe, muzajya mugengwa n’amategeko amwe uko ibihe biha ibindi. Ayo mategeko yanjye abanyamahanga bajye bayakurikiza kimwe n’Abisiraheli.

16 Ari Abisiraheli cyangwa abanyamahanga batuye muri mwe, mwese muzagengwa n’amategeko amwe n’amateka amwe.”

Ituro ry’imigati

17 Uhoraho ategeka Musa

18 kubwira Abisiraheli ati: “Nimumara gutura mu gihugu ngiye kubajyanamo

19 mugakora imigati, mujye mukuraho umugabane wo kuntura.

20 Uko muzakora imigati mu ifu nshya mujye mufataho umwe muwunture, nk’uko muzantura umugabane w’ingano mumaze guhūra.

21 Muzajye muntura uwo mugati ukozwe mu ifu nshya, uko ibihe biha ibindi.”

Ibitambo byo guhongerera ibyaha bitagambiriwe

22 Uhoraho arakomeza ati: “Dore amabwiriza muzakurikiza nimuramuka muciye ku itegeko ryose nabahaye mbinyujije kuri Musa, mukabikora mutabigambiriye,

23 yaba mwebwe cyangwa abazabakomokaho:

24 niba ari Abisiraheli bose bakoze icyaha batabigambiriye kandi batabizi, bajye bakoranira hamwe bantambire ikimasa cy’igitambo gikongorwa n’umuriro kugira ngo impumuro yacyo inshimishe, bagiturane n’ituro ry’ibinyampeke n’irisukwa, bantambire n’isekurume y’ihene ho igitambo cyo guhongerera ibyaha.

25 Umutambyi ahongerere icyaha cy’Abisiraheli bose, nanjye nzabababarira kuko bagikoze batabigambiriye, kandi bakaba bantambiye igitambo gikongorwa n’umuriro n’icyo guhongerera ibyaha.

26 Kubera ko mwese muzaba mwarancumuyeho, Abisiraheli kimwe n’abanyamahanga batuye muri mwe, nzabababarira mwese.

27 “Niba ari umuntu ukoze icyaha atabigambiriye, ajye azana inyagazi y’ihene itarengeje umwaka y’igitambo cyo guhongerera ibyaha.

28 Umutambyi ahongerere icyo cyaha uwo muntu yakoze atabigambiriye, nanjye nzamubabarira.

29 Ari Umwisiraheli cyangwa umunyamahanga utuye muri mwe wakoze icyaha atabigambiriye, ajye akurikiza ayo mategeko.

30 “Ariko Umwisiraheli cyangwa umunyamahanga nakora icyaha yabigambiriye azaba anshebeje, azacibwe mu Bisiraheli.

31 Azahanishwe gucibwa, kuko azaba yasuzuguye ijambo ryanjye kandi akica amatageko yanjye.”

Umuntu watoraguye inkwi ku isabato yicwa

32 Abisiraheli bakiri mu butayu, umwe muri bo yafashwe atoragura inkwi ku isabato.

33 Bamujyana imbere ya Musa na Aroni n’ikoraniro ry’Abisiraheli.

34 Na bo bamuha abamurinda kuko batari bazi igihano kimukwiriye.

35 Nuko Uhoraho abwira Musa ati: “Uyu muntu akwiriye kwicwa! Abisiraheli bose bamujyane inyuma y’inkambi bamwicishe amabuye.”

36 Bamugenza nk’uko Uhoraho yabitegetse Musa, bamujyana inyuma y’inkambi bamutera amabuye arapfa.

Incunda z’imyambaro

37 Uhoraho ategeka Musa

38 kubwira Abisiraheli ati: “Mwebwe n’abazabakomokaho mujye mutera incunda ku misozo y’imyambaro yanyu, mudodereho agashumi k’isine.

39 Mujye mwambara imyambaro ifite bene izo ncunda. Uko muzibonye muzajya mwibuka amategeko yanjye muyakurikize. Bizabarinda kumpemukira mutwarwa n’ibintu bibi mutekereza cyangwa mubona.

40 Bityo muzajya muzirikana amabwiriza yanjye yose muyakurikize, mumbere abaziranenge.

41 Ndi Uhoraho Imana yanyu, nabakuye mu Misiri kugira ngo mbabere Imana. Ndi Uhoraho Imana yanyu.”

Categories
Ibarura

Ibarura 16

Kōra na Datani na Abiramu bagoma

1 Umulevi witwa Kōramwene Yisehari wo mu nzu ya Kehati, yifatanyije n’Abarubeni batatu, ari bo Datani na Abiramu bene Eliyabu na Oni mwene Peleti.

2 Bagomera Musa bashyigikiwe n’abatware magana abiri na mirongo itanu. Abo batware bari ibirangirire bakaba n’intumwa z’amakoraniro y’Abisiraheli.

3 Bishyize hamwe basanga Musa na Aroni, barababwira bati: “Mukabije kwishyira hejuru y’abandi Bisiraheli! Twese turi abaziranenge kandi Uhoraho ari kumwe natwe twese.”

4 Musa yumvise ayo magambo, yikubita hasi,

5 hanyuma abwira Kōra n’abo bafatanyije ati: “Ejo mu gitondo Uhoraho azatumenyesha abo yahisemo kwiyegereza, n’abaziranenge abo ari bo.

6 Wowe Kōra n’abo mufatanyije mutegure ibyotezo.

7-8 Ejo muzashyiremo amakara yaka kugira ngo mwosereze umubavu imbere y’Ihema ry’Uhoraho. Ubwo rero Uhoraho azatwereka abaziranenge abo ari bo.”

Musa abwira Kōra n’Abalevi bamushyigikiye ati: “Mwa Balevi mwe, nimwumve. Ni mwe mukabije kwishyira hejuru!

9 Dore Uhoraho Imana y’Abisiraheli yarabarobanuye arabiyegereza, kugira ngo mukore imirimo yerekeye Ihema rye, kandi muhagararire Abisiraheli munabakorere. Mbese ibyo ntibibahagije?

10 Uhoraho yabahaye icyo cyubahiro cyose, none murarikiye no kuba abatambyi!

11 Iyo mwitotombeye Aroni, muba mwigometse ku Uhoraho!”

12 Musa atumiza Datani na Abiramu bene Eliyabu, ariko banga kwitaba bati:

13 “Ibyo wadukoreye birahagije! Wadukuye mu gihugu cya Misiri gitemba amata n’ubuki kugira ngo dushirire mu butayu, none urashaka no kudutegekesha igitugu!

14 Ntabwo watujyanye muri cya gihugu gitemba amata n’ubuki, nta n’isambu n’imwe waduhaye ho umunani. Ese wibwira ko tutabibona? Ntabwo tukwitaba.”

15 Musa ararakara cyane maze abwira Uhoraho ati: “Ntuzemere imibavu bazakosereza. Nta kintu nigeze mbaka habe n’indogobe, kandi nta n’umwe muri bo nahemukiye.”

16 Nuko Musa akomeza kubwira Kōra ati: “Wowe n’abo mufatanyije, ejo muzaze ku Ihema ry’Uhoraho. Aroni na we azabe ahari.

17 Wowe na Aroni muzazane ibyotezo byo kosereza Uhoraho umubavu, na ba bandi magana abiri na mirongo itanu bazane ibyabo.”

18 Bukeye buri muntu afata icyotezo ashyiramo amakara yaka n’umubavu, bahagarara imbere y’Ihema ry’ibonaniro hamwe na Musa na Aroni.

19 Kōra yari yakoranyije Abisiraheli bose, maze babona ikuzo ry’Uhoraho.

20 Uhoraho abwira Musa na Aroni ati:

21 “Nimwigireyo ndimbure iri koraniro nonaha!”

22 Musa na Aroni bikubita hasi maze barasenga bati: “Mana, ni wowe ubeshaho abo waremye! Mbese wabarimbura bose kandi bose bataracumuye?”

23 Uhoraho abwira Musa ati:

24 “Tegeka Abisiraheli bave hafi y’amahema ya Kōra na Datani na Abiramu.”

25 Musa arahaguruka ajya ku mahema ya Datani na Abiramu, abakuru b’Abisiraheli baramukurikira.

26 Abwira Abisiraheli ati: “Nimuve hafi y’amahema y’aba bagome. Ntimugire ikintu cyabo mukoraho, kugira ngo namwe mudapfa muzize ibyaha byabo.”

27 Nuko bava hafi y’amahema ya Kōra na Datani na Abiramu. Datani na Abiramu basohoka mu mahema yabo, bahagarara imbere yayo hamwe n’abagore babo n’abana babo.

28 Musa abwira abari aho ati: “Si jye wiyemeje gukora ibyo nkora, ahubwo ni Uhoraho wabinshinze. Dore ikigiye kubibemeza:

29 bariya bantu nibapfa urupfu rusanzwe, ntabwo ari Uhoraho uba yarantumye.

30 Ariko Uhoraho nakora igitangaza, ubutaka bukasama bukabamira, bo n’ibyabo byose bakajya ikuzimu bakiri bazima, mumenye ko batutse Uhoraho.”

31 Musa akimara kuvuga atyo, ubutaka busadukira munsi ya Datani na Abiramu,

32 maze bubamirana n’ababo, kimwe n’abo kwa Kōra n’ibyabo byose.

33 Nuko barigita ikuzimu bakiri bazima bajyana n’ibyabo byose, ubutaka bubarengaho barimbukira mu ruhame.

34 Abisiraheli bose bāri aho, bumvise bataka barahunga bavuga bati: “Duhunge, natwe ubutaka butatumira!”

35 Naho ba bagabo magana abiri na mirongo itanu bosaga imibavu, Uhoraho yohereje umuriro urabakongora.

Categories
Ibarura

Ibarura 17

Ibyotezo bya Kōra na bagenzi be

1 Uhoraho abwira Musa ati:

2 “Tegeka Eleyazari mwene Aroni umutambyi, akure ibyotezo byabo mu muyonga, amakara yo muri byo ayamene inyuma y’inkambi. Ibyo byotezo biranyeguriwe.

3 Abo bagome bazize ibyaha byabo ni bo babinzaniye, biba biranyeguriwe. None muzabicuremo ibyo komeka ku rutambiro, kugira ngo bijye byibutsa Abisiraheli ibyabaye.”

4 Nuko umutambyi Eleyazari afata ibyo byotezo by’umuringa, babicuramo ibyo komeka ku rutambiro,

5 nk’uko Uhoraho yari yategetse Eleyazari abinyujije kuri Musa. Uwo muringa wibutsaga Abisiraheli ko abatambyi bakomoka kuri Aroni, ari bo bonyine bashinzwe kosereza Uhoraho umubavu. Undi wakwiha gukora uwo murimo yapfa urwa Kōra na bagenzi be.

Abantu bitotombera Musa na Aroni

6 Bukeye Abisiraheli bose barakorana bitotombera Musa na Aroni bavuga bati: “Mwishe abantu b’Uhoraho!”

7 Bakiri mu ikoraniro, barahindukira bareba ku Ihema ry’ibonaniro babona ritwikiriwe n’igicu, bahabona n’ikuzo ry’Uhoraho.

8 Musa na Aroni bajya ku muryango w’Ihema ry’ibonaniro,

9 maze Uhoraho abwira Musa ati:

10 “Nimwigireyo ndimbure iri koraniro nonaha!”

Bombi bikubita hasi bubamye,

11 maze Musa abwira Aroni ati: “Dore Uhoraho yarakaye cyane ateza abantu icyorezo. None jya ku rutambiro urahurire amakara mu cyotezo, ushyireho n’umubavu maze wihute uhongerere ikoraniro.”

12 Aroni agenza nk’uko Musa yamubwiye, ariruka ajya mu ikoraniro, asanga icyorezo cyatangiye koreka imbaga. Yosa umubavu ahongerera abantu.

13 Ahagarara hagati y’intumbi n’abazima, nuko icyorezo kirashira.

14 Ariko cyari kimaze guhitana abantu ibihumbi cumi na bine na magana arindwi, hatabariwemo abazize ibya Kōra.

15 Icyorezo kimaze gushira, Aroni asubira aho Musa yari ari, ku muryango w’Ihema ry’ibonaniro.

Inkoni ya Aroni

16 Uhoraho ategeka Musa ati:

17 “Hamagara abatware b’imiryango cumi n’ibiri y’Abisiraheli, buri wese akuzanire inkoni uyandikeho izina rye.

18 Ku nkoni y’umuryango wa Levi wandikeho izina rya Aroni, bityo umubare w’inkoni ungane n’uw’abatware b’imiryango.

19 Uzishyire mu Ihema ry’ibonaniro imbere y’Isanduku irimo bya bisate by’amabuye byanditseho Amategeko, aho mbonanira namwe.

20 Inkoni y’uwo nahisemo izashibukaho utubabi, bityo nkemure impaka, Abisiraheli be kuzongera kubitotombera.”

21 Musa abibwira Abisiraheli, maze buri mutware w’umuryango amuha inkoni, zose hamwe ziba cumi n’ebyiri hatabariwemo iya Aroni.

22 Musa azishyira mu Ihema ry’Uhoraho, imbere y’Isanduku.

23 Bukeye, Musa yinjira mu Ihema asanga inkoni ya Aroni wari uhagarariye umuryango wa Levi, yashibutseho utubabi ndetse yarabije n’uburabyo, yeze n’imbuto.

24 Musa asohora inkoni zose zari imbere y’Uhoraho ajya kuzereka Abisiraheli bose, barazitegereza, buri mutware w’umuryango afata inkoni ye.

25 Uhoraho abwira Musa ati: “Subiza inkoni ya Aroni imbere y’Isanduku uyihabike, nihagira abashaka kwigomeka ujye uyibereka. Bityo ntibazongera kurimbuka bazize kunyitotombera.”

26 Musa abigenza nk’uko Uhoraho yabimutegetse.

27 Abisiraheli babwira Musa bati: “Reba nawe turapfuye, turarimbutse twese!

28 Umuntu wese ugerageje kwegera Ihema ry’Uhoraho arapfa! Mbese twese dupfiriye gushira?”

Categories
Ibarura

Ibarura 18

Inshingano z’abatambyi n’Abalevi

1 Uhoraho abwira Aroni ati: “Wowe n’abahungu bawe n’abandi Balevi bose, muzahanirwa ibyaha byerekeye Ihema ry’ibonaniro, naho ibyaha byerekeye umurimo w’ubutambyi, ni wowe n’abahungu bawe mwenyine muzabihanirwa.

2 Uzazane abavandimwe bawe b’Abalevi, kugira ngo bagukorere wowe n’abahungu bawe mu byerekeye Ihema.

3 Bazakurinde barinde n’Ihema, ariko ntibagakore ku bikoresho byo mu byumba bizira inenge cyangwa ku rutambiro, kugira ngo hatagira upfa ari bo cyangwa mwebwe.

4 Bazagukorere barinda Ihema ry’ibonaniro bakora, n’imirimo y’amaboko igendana na ryo. Utari Umulevi ntagakore iyo mirimo.

5 Mwebwe abatambyi ni mwe mwenyine mushinzwe imirimo yo mu byumba bizira inenge n’iyo gutamba ibitambo, bityo sinzongera kurakarira Abisiraheli.

6 Nakuye abavandimwe banyu b’Abalevi muri bo, ndababashinga kugira ngo bankorere imirimo y’amaboko ikorwa ku Ihema ry’ibonaniro.

7 Wowe n’abahungu bawe muzajye muntambira ibitambo, mukore no mu Cyumba kizira inenge cyane, mukore n’indi mirimo y’ubutambyi nabashinze. Utari umutambyi uziha gukora iyo mirimo azicwe.”

Umugabane w’abatambyi

8 Uhoraho abwira Aroni ati: “Nguhaye umugabane ku maturo Abisiraheli bantura. Ndawukweguriye burundu, ni uwawe n’abazagukomokaho.

9 Mu maturo atwikwa Abisiraheli banyegurira rwose, dore ayo muzajya mukuraho umugabane wanyu: amaturo y’ibinyampeke n’ibitambo byo guhongerera ibyaha, n’ibitambo byo kwiyunga nanjye. Ayo maturo aba anyeguriwe rwose, ariko wowe n’abahungu bawe nayabahaye ho umugabane,

10 mujye muwurira mu rugo rw’Ihema ry’ibonaniro. Ariko uzaribwe n’ab’igitsinagabo bonyine kuko wanyeguriwe.

11 “Nguhaye kandi n’imigabane iva ku bitambo by’umusangiro Abisiraheli bantura bakayimurikira. Iyo migabane yose uzajye uyisangira n’abahungu bawe n’abakobwa bawe, n’abandi bose badahumanye baba iwawe.

12 “Ndetse nguhaye n’umuganura w’amavuta meza n’uwa divayi nshya n’uw’ibinyampeke,

13 n’uw’ibindi byose Abisiraheli bantura. Abo mu rugo rwawe bose badahumanye bashobora kubiryaho.

14 Ibyo Abisiraheli banyegurira burundu byose na byo ndabiguhaye.

15 Bajye bantura abahungu bose b’impfura n’uburiza bwose bw’amatungo. Ubw’amatungo adahumanye ni ubwawe, ariko bajye bacungura ubw’amatungo ahumanye n’abahungu b’impfura.

16 Umuhungu w’impfura umaze ukwezi avutse, bajye bamucungura batanze ibikoroto bitanu by’ifeza, hakurikijwe igipimo gikoreshwa n’abatambyi. Igikoroto kimwe gipima garama cumi n’imwe.

17 Ariko uburiza bw’inka cyangwa ubw’intama cyangwa ubw’ihene ntibakabucungure kuko bwanyeguriwe. Amaraso yabwo ujye uyamisha ku rutambiro, urugimbu rwabwo urutwike kugira ngo impumuro yarwo inshimishe.

18 Inyama zabwo ni izawe, nk’uko inkoro n’itako by’igitambo cy’umusangiro ari ibyawe.

19 Amaturo yose Abisiraheli bāmurikira kandi bakayanyegurira, ndayaguhaye wowe n’abahungu bawe n’abakobwa bawe baba iwawe. Iryo ni Isezerano ridakuka ngusezeraniye, wowe n’abazagukomokaho.”

20 Uhoraho akomeza kubwira Aroni ati: “Mwebwe abatambyi nta gakondo n’umugabane muzagira mu gihugu cya Isiraheli, ni jye mugabane wanyu na gakondo yanyu.”

Igihembo cy’Abalevi

21 Uhoraho arakomeza ati: “Umugabane w’Abalevi ni uguhabwa kimwe cya cumi cy’ibyo Abisiraheli bunguka. Ni cyo gihembo cy’imirimo bakora yerekeye Ihema ry’ibonaniro.

22 Abandi Bisiraheli ntibazongere kwiha gukora iyo mirimo, batazicwa bazize icyo cyaha.

23 Abalevi bonyine bajye baba ari bo bakora iyo mirimo, nibatayitunganya bazabihanirwe. Bizababere itegeko ridakuka mwe n’abazabakomokaho. Abalevi na bo nta mugabane bazagira mu gihugu cya Isiraheli,

24 ni cyo gituma mbahaye kimwe cya cumi Abisiraheli bantura. Ni wo mugabane w’Abalevi, nta butaka bazahabwa nk’abandi.”

Kimwe cya cumi gitangwa n’Abalevi

25 Uhoraho ategeka Musa

26 kubwira Abalevi ati: “Abisiraheli nibabazanira kimwe cya cumi mbahaye ho umugabane, namwe mujye mukuraho kimwe cya cumi mukinture.

27 Kuri mwe iryo turo rizaba nk’ibyo bene wanyu bakura ku myaka yabo, cyangwa kuri divayi nshya kugira ngo babinture.

28 Bityo namwe muzanture amaturo mukuye kuri kimwe cya cumi muzahabwa, muyahe umutambyi Aroni n’abazamukomokaho.

29 Ku mpano zose muzahabwa, mujye mukuraho ibirusha ibindi ubwiza mubinture.

30 Kuri mwe iryo turo rizaba nk’ibyo bene wanyu bakura ku myaka yabo, cyangwa kuri divayi nshya kugira ngo babinture.

31 Ibisigaye mushobora kubirira aho mushatse hose, mukabisangira n’abo mu ngo zanyu. Ni igihembo cy’imirimo mukora yerekeye Ihema ry’ibonaniro.

32 Ku byo muhabwa, mujye muntura ibirusha ibindi ubwiza. Ibisigaye mubirye, nta cyaha muzaba mukoze cyangwa ngo mube muhumanyije amaturo Abisiraheli banyegurira. Bityo ntimuzicwa.”

Categories
Ibarura

Ibarura 19

Ivu ry’inka y’ibihogo

1 Uhoraho ategeka Musa na Aroni

2 guha Abisiraheli aya mategeko agira ati: “Nimubabwire babazanire inka y’ibihogo idafite inenge kandi itarigeze ikoreshwa imirimo.

3 Muyihe umutambyi Eleyazari ayijyane inyuma y’inkambi, bayice.

4 Hanyuma akoze urutoki mu maraso yayo, ayatere incuro ndwi ahagana ku muryango w’Ihema ry’ibonaniro.

5 Ategeke umuntu kuyitwika yose, ari uruhu ari inyama, ari amaraso ndetse n’amayezi.

6 Umutambyi afate ishami ry’isederi, n’umushandiko w’utwatsi twitwa hisopo n’urudodo rutukura, abijugunye mu muriro hamwe na ya nka.

7 Hanyuma umutambyi amese imyambaro ye kandi yiyuhagire mbere yo gusubira mu nkambi, ariko azirirwa ahumanye kugeza nimugoroba.

8 Uwatwitse iyo nka na we ajye amesa imyambaro ye kandi yiyuhagire, yirirwe ahumanye kugeza nimugoroba.

9-10 Umuntu udahumanye ajye ayora ivu ry’iyo nka, arishyire ahantu hadahumanye inyuma y’inkambi, maze amesa imyambaro ye, yirirwe ahumanye kugeza nimugoroba. Abisiraheli bajye bafata kuri iryo vu, barivange n’amazi kugira ngo bahumanure abahumanyijwe n’intumbi. Ni nk’igitambo cyo guhongerera ibyaha. Iri tegeko rizagenga Abisiraheli n’abanyamahanga batuye muri bo uko ibihe bihaye ibindi.

Umuhango wo guhumanura

11 “Ukoze ku ntumbi y’umuntu, ajye amara iminsi irindwi ahumanye.

12 Ku munsi wa gatatu no ku wa karindwi, ajye akorerwa umuhango wo guhumanurwa bakoresheje ya mazi. Ariko natabyitaho azakomeza ahumane.

13 Niyirengagiza kumishwaho amazi yo kumuhumanura akegera Ihema ryanjye agihumanye, azaba arihumanyije. Bene uwo muntu ajye acibwa mu Bisiraheli.

14 “Umuntu napfira mu ihema rye, uzaryinjiramo n’uzaba aririmo bajye bamara iminsi irindwi bahumanye.

15 Ikizaba kiririmo kidapfundikiye neza kizaba gihumanye.

16 Umuntu naba ari hanze agakora ku ntumbi y’umuntu cyangwa ku magufwa y’umuntu cyangwa ku mva, ajye amara iminsi irindwi ahumanye.

17 “Dore uko bazajya bahumanura: bajye bafata ku ivu rya ya nka batwitse nk’igitambo cyo guhongerera ibyaha, barishyire mu rwabya barivange n’amazi y’isōko.

18 Umuntu udahumanye afate umushandiko wa hisopo, awukoze muri ayo mazi yo mu rwabya, ayamishe ku ihema ryapfiriyemo umuntu, no ku bintu birimo no ku bantu bari baririmo, cyangwa ayamishe ku wakoze ku magufwa y’umuntu, cyangwa ku ntumbi cyangwa ku mva.

19 Uwo muntu udahumanye ajye abigenza atyo ku munsi wa gatatu n’uwa karindwi, ibyo birangiye abari bahumanye bajye bamesa imyambaro yabo kandi biyuhagire, maze nimugoroba babe bahumanutse.

20 Ariko umuntu nahumana akirengagiza kumishwaho amazi yo guhumanura, akegera Ihema ryanjye agihumanye, azaba arihumanyije. Ajye acibwa mu Bisiraheli.

21 Iryo rizababere itegeko ridakuka.

“Umuntu umisha amazi yo guhumanura ajye amesa imyambaro ye, ndetse n’uwayakozeho ajye yirirwa ahumanye kugeza nimugoroba.

22 Icyo umuntu uhumanye akozeho cyose kiba gihumanye, n’undi muntu ugikozeho na we aba ahumanye kugeza nimugoroba.”

Categories
Ibarura

Ibarura 20

Ibyabereye i Kadeshi

1 Mu kwezi kwa mbereAbisiraheli bose bagera mu butayu bwa Tsini, bashinga amahema i Kadeshi. Aho ni ho Miriyamu yaguye barahamuhamba.

2 Abantu babura amazi bagomera Musa na Aroni,

3 bijujutira Musa bavuga bati: “Iyaba twarapfiriye hamwe na bene wacu igihe Uhoraho yabicaga!

4 Mwatuzaniye iki muri ubu butayu? Kwari ukugira ngo tuhashirire twe n’amatungo yacu?

5 Kuki mwadukuye mu Misiri mukatuzana aha hantu habi? Ahantu utabona imyaka cyangwa imitini cyangwa imizabibu, cyangwa imikomamanga ntihabe n’amazi yo kunywa!”

6 Musa na Aroni babasiga aho, bajya imbere y’Ihema ry’ibonaniro bikubita hasi bubamye, babona ikuzo ry’Uhoraho.

7 Uhoraho abwira Musa ati:

8 “Fata inkoni, maze wowe na mukuru wawe Aroni mukoranyirize Abisiraheli imbere y’urutare, murubwire ruvubure amazi. Bityo muhe Abisiraheli amazi yo kunywa, buhire n’amatungo yabo.”

9 Musa yinjira mu Ihema ry’ibonaniro, afata iyo nkoni nk’uko Uhoraho yamutegetse.

10 Musa na Aroni bakoranyiriza Abisiraheli imbere y’urutare. Nuko Musa arababwira ati: “Mwa byigomeke mwe, mbese tubakurire amazi muri uru rutare?”

11 Musa abangura inkoni ye akubita urutare incuro ebyiri. Amazi menshi aradudubiza maze Abisiraheli baranywa buhira n’amatungo yabo.

12 Uhoraho abwira Musa na Aroni ati: “Kubera ko mutanyizeye kandi ntimwereke Abisiraheli ubuziranenge bwanjye, ntimuzabageza mu gihugu mbahaye.”

13 Aho hantu bahita Meribakuko ari ho Abisiraheli bijujutiye Uhoraho, ariko we akahaberekera ubuziranenge bwe.

Abedomu babuza Abisiraheli kunyura mu gihugu cyabo

14 Bakiri i Kadeshi, Musa yohereza intumwa ku mwami wa Edomu ngo zimubwire ziti: “Dore ubutumwa bwa bene wanyub’Abisiraheli. Uzi imibabaro yose twagize:

15 ba sogokuruza bagiye mu Misiri, ubwoko bwacu bumarayo igihe kirekire. Abanyamisiri badufashe nabi twe na ba sogokuruza.

16 Twatakiye Uhoraho aratwumva, atwoherereza umumarayikakugira ngo adukure mu Misiri. None dore turi mu mujyi w’i Kadeshi uri ku mupaka w’igihugu cyawe.

17 Twemerere tunyure mu gihugu cyawe. Ntituzanyura mu mirima no mu mizabibu, ntituzanywa n’amazi yo mu mariba yanyu, tuzaca mu muhanda w’Abaminta guteshuka iburyo cyangwa ibumoso, kugeza igihe tuzarangiza kwambukiranya igihugu cyawe.”

18 Ariko Abedomu barabasubiza bati: “Ntitubemereye kunyura mu gihugu cyacu, nimubigerageza tuzabatera tubarwanye.”

19 Abisiraheli barabasubiza bati: “Tuzanyura mu muhanda mukuru, kandi amazi tuzanywa twe n’amatungo yacu, tuzayishyura. Nta kindi dusaba uretse kunyura mu gihugu cyanyu.”

20 Ariko Abedomu bakomeza kubangira, ndetse barundanya ingabo nyinshi kandi zikomeye zo kubakumīra.

21 Babuza batyo Abisiraheli kunyura mu gihugu cyabo, nuko Abisiraheli banyura indi nzira.

Urupfu rwa Aroni

22 Abisiraheli bose bava i Kadeshi bajya ku musozi wa Hori,

23 ku mupaka w’igihugu cya Edomu. Uhoraho ahabwirira Musa na Aroni ati:

24 “Kubera ko mwangomeye ku byerekeye amazi y’i Meriba, Aroni agiye gupfa atageze mu gihugu ngiye guha Abisiraheli.

25 None jyana Aroni n’umuhungu we Eleyazari, muzamuke umusozi wa Hori,

26 wambure Aroni imyambaro ye maze uyambike umuhungu we Eleyazari. Aroni ari bupfireyo.”

27 Musa akora uko Uhoraho yamutegetse, bazamuka umusozi wa Hori Abisiraheli bose babireba.

28 Musa yambura Aroni imyambaro ye ayambika Eleyazari. Nuko Aroni apfira mu mpinga y’uwo musozi. Hanyuma Musa na Eleyazari baramanuka.

29 Abisiraheli bose bamenye ko Aroni yapfuye, bamara iminsi mirongo itatu bamuririra.

Categories
Ibarura

Ibarura 21

Abisiraheli batsinda Abanyakanāni ba Aradi

1 Umwami wa Aradi iri mu majyepfo ya Kanāni, yumvise ko Abisiraheli bari mu nzira ituruka Atarimu, agaba igitero cyo kubarwanya, bamwe muri bo abajyana ho iminyago.

2 Abisiraheli bahigira Uhoraho uyu muhigo bati: “Nutugabiza aba bantu, tuzatsemba imijyi yabo.”

3 Uhoraho yumvira Abisiraheli abagabiza abo Banyakanāni, babatsembana n’imijyi yabo. Aho hantu barwaniye bahita Horuma.

Inzoka y’umuringa

4 Abisiraheli bava ku musozi wa Hori baca mu nzira igana ku Nyanja Itukura, kugira ngo batanyura muri Edomu. Ariko urwo rugendo rubaca intege,

5 bitotombera Imana na Musa bati: “Kuki mwadukuye mu Misiri mukatuzana gupfira muri ubu butayu? Nta byokurya nta n’amazi ahari, ndetse n’ibi byokurya bibi turabirambiwe.”

6 Nuko Uhoraho abateza inzoka zifite ubumara zirabarya, Abisiraheli benshi barapfa.

7 Abantu basanga Musa baramubwira bati: “Twaracumuye ubwo twitotomberaga Uhoraho, ndetse nawe tukakwitotombera, dusabire Uhoraho adukize izi nzoka.” Musa arabasabira.

8 Uhoraho aramubwira ati: “Cura ishusho y’inzoka maze uyimanike ku giti, kugira ngo uwariwe n’inzoka wese nayireba akire.”

9 Musa acura inzoka mu muringa ayimanika ku giti, nuko umuntu inzoka iriye yareba iyo nzoka y’umuringa agakira.

Abisiraheli banyura iburasirazuba bw’Ikiyaga cy’Umunyu

10 Abisiraheli bakomeza urugendo bashinga amahema Oboti.

11 Barahava bashinga amahema Iyabarīmu mu butayu buri iburasirazuba bwa Mowabu.

12 Barahava bashinga amahema mu kabande ka Zeredi.

13 Barahava bashinga amahema mu gihugu cy’Abamori mu kidaturwa kiri hakurya y’uruzi rwa Arunoni. Urwo ruzi ni rwo rugabanya Mowabu n’igihugu cy’Abamori.

14 Aho handitswe mu gitabo cy’Intambara z’Uhoraho ngo “Umujyi wa Wahebu y’i Sufa n’utugezi twaho, n’uruzi rwa Arunoni

15 n’utubande runyuramo hateganye n’umujyi wa Ari, n’ahagana umupaka wa Mowabu.”

16 Barahava bajya i Bēri. Uhoraho abwira Musa ati: “Koranya abantu mbahe amazi.” Bahabona iriba

17 maze bararirimba bati:

“Wa riba we, dudubiza!

Nimuriririmbe!

18 Ibikomangoma ni byo byarifukuye,

abatware ni bo baricukuye,

barifukurishije inkoni ziranga ubutegetsi bwabo!”

Bava muri ubwo butayu bajya i Matana.

19 Barahava bajya i Nahaliyeli, bahavuye bajya i Bamoti.

20 Barahava bajya mu kibaya kiri mu gihugu cya Mowabu, munsi y’umusozi wa Pisiga ahateganye n’ubutayu.

Sihoni na Ogi batsindwa

21 Abisiraheli bohereza intumwa kuri Sihoni umwami w’Abamori, ziramubwira ziti:

22 “Twemerere tunyure mu gihugu cyawe. Ntituzanyura mu mirima no mu mizabibu, ntituzanywa n’amazi yo mu mariba yanyu, tuzaca mu muhanda w’Abamikugeza igihe tuzarangiza kwambukiranya igihugu cyawe.”

23 Ariko Sihoni yanga ko Abisiraheli banyura mu gihugu cye, arundanya ingabo ze zose ajya gukumīra Abisiraheli mu butayu. Abategera i Yahasi arabarwanya,

24 Abisiraheli baramutsinda. Igihugu cye baracyigarurira bahereye ku ruzi rwa Arunoni kugeza ku mugezi wa Yaboki, ariko ntibagera mu gihugu cy’Abamoni kuko umupaka wacyo wari urinzwe cyane.

25 Abisiraheli bafata imijyi yose y’Abamori, n’umurwa wayo Heshiboni n’insisiro ziwukikije barahatura.

26 Heshiboni wari umurwa wa Sihoni umwami w’Abamori, uhereye igihe atsindiye uwahoze ari umwami wa Mowabu, akamunyaga icyo gihugu cye cyose kugeza ku ruzi rwa Arunoni.

27 Ni yo mpamvu abasizi bavuze bati:

“Nimuze i Heshiboni muyubake bundi bushya,

nimusane umurwa wa Sihoni.

28 Ingabo za Sihoni ziturutse i Heshiboni,

zatsembye umujyi wa Ari ya Mowabu nk’inkongi y’umuriro,

zatsembye n’abatware b’imisozi ya Arunoni.

29 Mowabu we, ugushije ishyano!

Abaramya Kemoshi mwe, murarimbutse!

Abahungu banyu babaye impunzi,

abakobwa banyu babaye iminyago ya Sihoni umwami w’Abamori!

30 Abamori twabarashe imyambi,

bose bararimbutse uhereye i Heshiboni kugeza i Diboni,

twarabarimbuye tugeza i Nofa hafi y’i Medeba.”

31 Nguko uko Abisiraheli batuye mu gihugu cy’Abamori.

32 Musa atuma abantu gutata umujyi wa Yāzeri, hanyuma Abisiraheli barawigarurira hamwe n’insisiro ziwukikije, birukana n’Abamori bahatuye.

33 Barahindukira bagana i Bashani, maze umwami waho Ogi ajyana n’ingabo ze zose ngo abakumīre, barwanira Edureyi.

34 Uhoraho abwira Musa ati: “Ntumutinye kuko ngiye kumukugabiza we n’ingabo ze zose n’igihugu cye. Umugire nk’uko wagize Sihoni umwami w’Abamori wari utuye i Heshiboni.”

35 Abisiraheli bica Ogi n’abahungu be n’ingabo ze zose, ntihasigara n’uwo kubara inkuru, maze bigarurira igihugu cya Bashani.

Categories
Ibarura

Ibarura 22

Umwami wa Mowabu atumira Balāmu

1 Abisiraheli barakomeza baragenda, bashinga amahema mu kibaya cya Mowabu, iburasirazuba bw’uruzi rwa Yorodani, ahateganye n’i Yeriko.

2 Umwami wa Mowabu witwaga Balaki mwene Sipori, amenya ibyo Abisiraheli bagiriye Abamori byose.

3 Abamowabu babonye ubwinshi bw’Abisiraheli, baratinya bashya ubwoba.

4 Nuko babwira abakuru b’Abamidiyani bati: “Abisiraheli bazamaraho ibihugu bidukikije, nk’uko ikimasa kimara ubwatsi aho kirisha.”

Umwami Balaki

5 yohereza intumwa kuri Balāmu mwene Bewori, wari i Petori hafi y’uruzi rwa Efurati. Balāmu akomoka muri ako karere. Izo ntumwa zatumwe kumubwira ziti: “Dore hari abantu bavuye mu Misiri bayogoje ibihugu, ndetse bari hafi kugera iwanjye.

6 None ngwino umvumire abo bantu kuko bandusha amaboko, ahari byatuma nshobora kubatsinda nkabirukana mu gihugu cyanjye. Nzi yuko uwo usabiye umugisha awuhabwa, kandi uwo uvumye akaba ikivume.”

7 Abakuru b’Abamowabu n’Abamidiyani bagenda bajyanye ibyo guha Balāmu, kugira ngo avume Abisiraheli. Bageze iwe bamubwira ubutumwa bwa Balaki.

8 Balāmu arababwira ati: “Nimurare hano, ejo nzabamenyesha icyo Uhoraho ari bumbwire.” Nuko abatware ba Mowabu barara iwe.

9 Iryo joro Imana ibaza Balāmu iti: “Abo bantu bari iwawe ni bande?”

10 Balāmu arasubiza ati: “Balaki mwene Sipori umwami wa Mowabu yabantumyeho ati:

11 ‘Dore hari abantu bavuye mu Misiri bayogoje ibihugu. None ngwino ubamvumire, ahari byatuma nshobora kubarwanya nkabirukana.’ ”

12 Imana ibwira Balāmu iti: “Ntuzajyane na bo kandi ntuzavume abo bantu, kuko nabahaye umugisha.”

13 Bukeye Balāmu abwira intumwa za Balaki ati: “Nimwitahire kuko Uhoraho yanze ko tujyana.”

14 Abatware ba Mowabu barahaguruka basubira kwa Balaki baramubwira bati: “Balāmu yanze ko tuzana.”

15 Balaki atuma abandi batware barusha aba mbere ubwinshi n’icyubahiro.

16 Bageze kwa Balāmu baramubwira bati: “Balaki mwene Sipori aravuze ati: ‘Ntihagire ikikubuza kunyitaba,

17 kuko nzaguhemba bishimishije kandi icyo uzansaba cyose nzakigukorera. None rero ngwino umvumire abo bantu.’ ”

18 Balāmu asubiza intumwa za Balaki ati: “N’aho Balaki yampa ifeza n’izahabu byuzuye ingoro ye, sinaca ku itegeko ry’Uhoraho Imana yanjye.

19 Namwe nimurare hano, kugira ngo ndebe ko hari ikindi Uhoraho ari bumbwire.”

20 Iryo joro Imana ibwira Balāmu iti: “Ubwo abo bantu baje kuguhamagara muzajyane, ariko uzakore icyo nzakubwira gusa.”

Indogobe ya Balāmu

21 Bukeye Balāmu ategura indogobe ye, ajyana n’abatware ba Mowabu

22 ahetswe n’indogobe ye, aherekejwe n’abagaragu be babiri. Ariko Imana ibonye agiye irarakara, yohereza umumarayika wayo ngo amutangīre.

23 Indogobe ibonye umumarayika w’Uhoraho ahagaze mu nzira afashe inkota mu ntoki, irakebereza inyura mu gisambu. Balāmu arayikubita kugira ngo isubire mu nzira.

24 Umumarayika w’Uhoraho ajya guhagarara mu nzira ifunganye, yanyuraga hagati y’inkuta zikikije imirima y’imizabibu.

25 Indogobe imubonye yegera urukuta cyane irubyigiraho ikirenge cya Balāmu, arongera arayikubita.

26 Umumarayika w’Uhoraho arongera yigira imbere ahagarara ahantu hafunganye cyane, ku buryo nta washoboraga guca iburyo cyangwa ibumoso.

27 Indogobe imubonye iryama igihetse Balāmu, ararakara ayikubita inkoni.

28 Nuko Uhoraho aha iyo ndogobe ububasha bwo kuvuga, ibaza Balāmu iti: “Nakugize nte kugira ngo unkubite izi ncuro eshatu zose?”

29 Balāmu arayisubiza ati: “Wansuzuguye, ahubwo iyo ngira inkota mba nkwishe!”

30 Indogobe ibaza Balāmu iti: “Ko ari jye uguheka buri gihe, ese hari ubwo nigeze nkugirira ntya?”

Arahakana ati: “Oya.”

31 Ako kanya Uhoraho atuma Balāmu abona umumarayika wari uhagaze mu nzira, afashe inkota mu ntoki. Balāmu amubonye yikubita hasi yubamye.

32 Umumarayika w’Uhoraho aramubwira ati: “Kuki wakubise indogobe yawe incuro eshatu zose? Dore ni jye waje kugutangīra, kuko mbona uru rugendo rutazakugwa neza.

33 Indogobe yambonye impunga incuro eshatu. Iyo itampunga mba nakwishe, ariko yo singire icyo nyitwara.”

34 Balāmu aramusubiza ati: “Nacumuye! Ntabwo nari nzi ko waje kuntangīra. Nyamara niba ubona ko uru rugendo rudakwiriye, reka nitahire.”

35 Ariko umumarayika w’Uhoraho aramubwira ati: “Jyana n’abo bantu. Icyakora uzajye uvuga gusa icyo nkubwiye.” Nuko Balāmu akomeza urugendo hamwe n’intumwa za Balaki.

Balāmu ahura na Balaki

36 Balaki yumvise ko Balāmu aje, ajya kumusanganirira mu mujyi uri hafi y’uruzi rwa Arunoni, ku mupaka w’igihugu cye.

37 Balaki aramubaza ati: “Kuki utazanye n’intumwa nagutumyeho bwa mbere? Wibwiraga ko ntashobora kuguhemba bishimishije?”

38 Balāmu asubiza Balaki ati: “Noneho ndaje, ariko sinshobora kugira icyo mvuga ku bwanjye. Nzavuga gusa icyo Imana izambwira.”

39 Nuko Balaki ajyana Balāmu mu mujyi w’i Kiriyati-Husoti.

40 Balaki atamba ibitambo by’inka n’intama, abigaburiraho Balāmu na ba batware bari kumwe.

Balāmu ananirwa kuvuma Abisiraheli

41 Bukeye Balaki ajyana Balāmu ku musozi witwa Bamoti-Bāli, aho bashoboraga kwitegereza igice kimwe cy’inkambi y’Abisiraheli.

Categories
Ibarura

Ibarura 23

1 Balāmu abwira Balaki kumwubakishiriza aho hantu intambiro ndwi, no kumushakira ibimasa birindwi n’amapfizi y’intama arindwi.

2 Balaki abigenza nk’uko Balāmu abivuze. Balāmu na Balaki batambira kuri buri rutambiro ikimasa n’impfizi y’intama.

3 Maze Balāmu abwira Balaki ati: “Guma iruhande rw’ibitambo byawe bikongorwa n’umuriro nanjye ngende, ahari ndi bubonane n’Uhoraho muhanūze. Icyo ari bumpishurire ndakikubwira.” Nuko ajya mu mpinga y’umusozi,

4 Imana irahamusanga. Arayibwira ati: “Nubakishije intambiro ndwi, ntambira kuri buri rutambiro ikimasa n’impfizi y’intama.”

5 Uhoraho aha Balāmu ubutumwa kugira ngo abushyikirize Balaki.

6 Balāmu asanga Balaki ahagararanye n’abatware b’Abamowabu, iruhande rw’ibitambo bye bikongorwa n’umuriro.

7 Balāmu arahanura ati:

“Balaki yankuye muri Siriya,

uwo mwami wa Mowabu yankuye mu misozi y’iburasirazuba,

arambwira ati: ‘Ngwino umvumire abakomoka kuri Yakobo,

ngwino usabire nabi Abisiraheli!’

8 Navuma nte abo Imana itavumye?

Nasabira nte nabi abo Uhoraho yatonesheje?

9 Nabitegereje ndi hejuru y’ibitare,

nabarebye ndi mu mpinga y’umusozi.

Ni ubwoko butuye bwonyine,

bwitandukanyije n’andi mahanga.

10 Abakomoka kuri Yakobo ni benshi nk’umukungugu!

No kubara kimwe cya kane cy’Abisiraheli biraruhije!

Icyampa nkipfira ndi intungane nka bo,

icyampa iherezo ryanjye rikaba nk’iryabo!”

11 Balaki abwira Balāmu ati: “Ungenje ute? Nakuzaniye kuvuma abanzi banjye none ubasabiye umugisha!”

12 Balāmu aramusubiza ati: “None se singomba kuvuga icyo Uhoraho ambwiye?”

Balāmu asabira Abisiraheli umugisha

13 Balaki arongera aramubwira ati: “Dore hano urareba igice kimwe cy’inkambi y’Abisiraheli gusa. None ngwino nkujyane aho ubasha kubareba bose ubamvumire.”

14 Amujyana ahirengeyemu mpinga y’umusozi wa Pisiga, ahubaka intambiro ndwi, atambira kuri buri rutambiro ikimasa n’impfizi y’intama.

15 Balāmu abwira Balaki ati: “Guma iruhande rw’ibitambo byawe bikongorwa n’umuriro, nanjye ngiye hariya hirya guhanūza Uhoraho.”

16 Uhoraho aha Balāmu ubutumwa kugira ngo abushyikirize Balaki.

17 Balāmu asanga Balaki ahagararanye n’abatware b’Abamowabu, iruhande rw’ibitambo bye bikongorwa n’umuriro. Balaki aramubaza ati: “Uhoraho avuze iki?”

18 Balāmu arahanura ati:

“Balaki we, haguruka wumve,

mwene Sipori, ntega amatwi.

19 Imana si umuntu kugira ngo ibeshye,

si n’ikiremwamuntu kugira ngo yisubireho.

Nta cyo ivuga ngo ibure kugikora,

icyo isezeranye iragisohoza.

20 Yantegetse guhesha Abisiraheli umugisha,

yarawubahaye, sinabihindura.

21 Ntihakabeho ibyago mu bakomoka kuri Yakobo,

umubabaro ntukarangwemuri abo Bisiraheli.

Uhoraho Imana yabo abe hamwe na bo,

ni we mwami bavugiriza impundu.

22 Imana yabakuye mu Misiri,

nibahe imbaraga nk’iz’imbogo.

23 Nta bupfumu bwagira icyo butwara abakomokakuri Yakobo,

nta n’umutukīro wafata Abisiraheli.

Kuva ubu abantu bazatangara bati:

‘Dore ibyo Imana yakoreye Abisiraheli!

24 Ni ubwoko bubaduka nk’intare y’ingore,

buvumbuka nk’intare y’ingabo,

ntiryama itararya umuhigo,

ntiryama itaranywa amaraso y’icyo yishe.’ ”

25 Balaki abwira Balāmu ati: “Niba udashoboye kubavuma, nibura wibasabira umugisha!”

26 Balāmu aramusubiza ati: “Mbese sinakubwiye nti: ‘Icyo Uhoraho avuga ni cyo ndi bukore?’ ”

Balāmu yongera guhesha Abisiraheli umugisha

27 Balaki abwira Balāmu ati: “Ngwino nkujyane ahandi hantu. Ahari Imana irakunda ko ubamvumira.”

28 Balaki amujyana mu mpinga ya Pewori ahitegeye ubutayu.

29 Balāmu abwira Balaki kumwubakishiriza aho hantu intambiro ndwi, no kumushakira ibimasa birindwi n’amapfizi y’intama arindwi.

30 Balaki abigenza nk’uko Balāmu abivuze, atambira kuri buri rutambiro ikimasa n’impfizi y’intama.